Tag: featured

  • Muhanga: Miliyoni zisaga 60 FRW zaciwe abarenze ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Kayiranga avuga ko Akarere kinjije miliyoni 60frw yaciwe abarenze ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19
    Kayiranga avuga ko Akarere kinjije miliyoni 60frw yaciwe abarenze ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19

    Umuyobozi wungirije w’Akarere ka Muhanga ushinzwe ubukungu, Kayiranga Innocent, avuga ko kuri Noheli hari abarenze ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19 kugeza ubu abamaze gufatwa bagahanwa bakaba nibura baraciwe miliyoni zisaga 60 z’Amafaranga y’u Rwanda kuva icyorezo cyakwaduka.

    Gusa ubuyobozi buvuga ko umutekano muri rusange wifashe neza n’ubwo hari aho abantu barenga ku mabwiriza bakajya kunywera mu tubari hakaba n’ahakorwa ibirori mu buryo bwa rwihishwa, abo bakazakomeza kwigishwa byananirana bagahanwa nk’uko bigenda ku bandi.

    Agira ati “Muri rusange nta byaha bikomeye byabaye muri Noheli usibye nk’ubusinzi aho bamwe bagiye batumirana bakanywera mu ngo bakarwana bagakomeretsanya bidakabije, abo twarabafashe kandi turabahana tuzakomeza gukaza ingamba nibura kugeza kuri tariki ya 15 Mutarama 2021”.

    Yongeraho ati “Nibura twinjije miliyoni zisaga 60 FRW kubera guhana abarenze ku mabwiriza ariko ntabwo ari cyo tugamije, turifuza ko abaturage bacu basobanukirwa kandi bagakurikiza amabwiriza bityo iki cyorezo tukarushaho kugihashya kuko abayica ari bo bagikwirakwiza”.

    Kayiranga avuga ko ubuyobozi bw’akarere bwakoranye nk’ikipe mu mirenge yose kugira ngo umutekano mu minsi mikuru ibashe kugenda neza kandi bizanagenda neza ku Bunani agasaba abaturage gukomeza kwitwararika.

    Agira ati, “Ubundi ubunani bivuze gutangira umwaka abantu bafite gahunda z’ibikorwa bibateza imbere ariko by’umwihariko bakabungabunga umutekano niyo mpamvu tubasaba kumvikana mu miryango bakibuka inshingano zabo zizakorwa mu mwaka wose bakazawurangiza bafite aho bigejeje”.

    Ku bijyanye n’abakora Resitora bagiye baziohindura utubari, ubuyobozi buvuga ko byagaragaye kandi hakomeje gufatwa ingamba zo gufunga abakora binyuranyije n’amategeko kuko byaba ari uguteza umutekano muke no gukwirakwiza icyorezo.

    Agira ati “Akabari ko muri hoteri ntikemewe, akabari ko muri resitora ntikemewe, akabari gasanzwe karafunze, ntabwo tuzihanganira uwafatwa yarenze ku mabwiriza kuko byaba ari ugushaka guhungabanya umutekano, aho twafashe twarabahannye abandi nabo tuzabafata igihe banyuranya n’ibyo bemerewe gukora biteganywa n’amabwiriza ya RDB”.

    Ubuyobozi bwibutsa abaturage kwihangana icyorezo kigacika kugira ngo ubuzima bukemeze nk’uko byari bisanzwe.


    source https://www.kigalitoday.com/umutekano/imbere-mu-gihugu/article/muhanga-miliyoni-zisaga-60-frw-zaciwe-abarenze-ku-mabwiriza-yo-kwirinda-covid-19

  • Hari abatekereza ko akuma gapima umuriro kagaragaza ko batarwaye COVID-19 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Gusa ikibazo abo baturage bafite ni icyo kudasobanukirwa itandukaniro ry’ibipimo bya COVID-19 byifashishwa kugira ngo hamenyekane uyirwaye cyangwa utayirwaye, aho bakomeje kwirara bizera ko ari bazima nyuma y’uko bapimwe hifashishijwe akuma gasuzuma umuriro kitwa Thermoflash, bo bakumva ko gahagije mu kumenya ko ari bazima cyangwa barwaye COVID-19.

    Abo Kigali Today yasanze mu mudugudu wa Kabaya mu isoko ry’ibirayi ryo mu isantere ya Nyarwondo, bavuga ko nta burwayi bwa COVID-19 bubarangwaho nyuma y’uko bakomeje gupimwa hifashishijwe ako kuma gasuzuma umuriro.

    Umukecuru umwe ati “Turabyumva ko iyo ndwara ikomeje kwica abantu, gusa twe ntabwo turayirwara. None se ko itaratugeraho njye nkaba ntayo mfite, uyu akaba ntayo afite n’uriya akaba ntayo afite urumva twamenya ko tuyirwaye? Tunyura ahantu bakadutunga ka kuma mu musaya bakatubwira ko turi bazima, tukagenda twishimye”.

    Undi ati “Nta munsi batadupima, badutunga ka kuma bakatubwira ngo dutambuke nta kibazo, none se urumva tudapimwa? Turi bazima rwose turiyizeye na bo barabitubwira ngo tugende turi bazima igisigaye ni ukwirinda twambara neza udupfukamunwa, duhana intera kandi dukaraba intoki”.

    Undi muri bo ati “Badutunga kariya kantu batubwira ko nta kibazo, tukiruhutsa tuti Corona turayisimbutse, hari uwo bayisanzemo baramubwira bati icara hariya, njye barandeka ndagenda ndiruhutsa, ubu ndi muryerye rwose, kandi ntiduhwema kuyirinda urabona ko twese twambaye neza udupfukamunwa, twahanye intera kandi twanakarabye intoki, gutaha nta kurenza saa moya”.

    Nubwo abo baturage bafata ko kuba bapimishwa akuma gasuzuma umuriro bihagije kubona ko batarwaye COVID-19, impuguke mu by’ubuvuzi ziremeza ko kariya kuma kadahagije ngo umuntu abe yakwizera ko ari muzima, ngo kifashishwa mu rwego rwo gusuzuma kimwe mu bimenyetso bya COVID-19, mu rwego rwo kurinda ko uwaramuka arwaye yakwanduza abantu mbere y’uko bapimwa.

    Mu kumara impungenge abaturage, Kigali Today yegereye Dr Muhire Philbert, umwe mu mpuguke mu bijyanye n’ubuvuzi, akaba n’umuyobozi w’ibitaro bikuru bya Ruhengeri atanga ibisobanuro birambuye muri aya magambo.

    Yagize ati “Gupima COVID-19 no kubona uyirwaye birakorwa mu buryo bubiri, hari uburyo bukoreshwa mu minota 15 umuntu akaba abonye igisubizo hifashishijwe Laboratoire, hakaba n’ikindi gipimo gifata amasaha 24. Ni igipimo nacyo dufata mu muhogo tugapima nacyo muri Laboratoire, hari naho nacyo gifatwa mu izuru kimwe n’icyo gitanga igisubizo mu minota 15, ibyo bipimo bibiri rero nibyo byerekana ko umuntu afite COVID-19 cyangwa atayifite”.

    Arongera ati “Kiriya gipimo bita Thermoflash kijyanye no gupima umuriro ni icyo gupima umuriro nyine, gikoresha thermometer, ni ugupima ikimenyetso muri bimwe bikunze kugaragara ku murwayi wa COVID-19. Ni ikimenyetso kidakunda kubura ku murwayi, niyo mpamvu gishyirwamo imbaraga ariko ntabwo aricyo kigaragaza ko umuntu afite COVID-19, buriya gupima umuriro nibyo kugira ngo uwo twakeka tumushyire ahihariye mu gihe ategerejwe gupimwa kugira ngo atanduza abandi, ariko ntaho bihuriye n’uko umuntu uhita uyimubonamo ako kanya”.

    Uwo muganga arabwira abaturage ko kwisuzumusha umuriro ari ngomba ndetse abakangurira kugana aho bapimira umuriro nk’uburyo bwo kumenya uko bahagaze kugira ngo bafashwe, hirindwa ko hari uwanduza abantu.

    Kuba abo baturage batazi gutandukanya ibyo bipimo ni kimwe mubyagarutsweho na Uwanyirigira Marie Chantal Umuyobozi w’akarere ka Burera, aho avuga ko kuba abaturage batabisobanukiwe ibyo biri mu nshingano z’ubuyobozi, aho bakomeza ubukangurambaga mu kubaha ibisobanuro no kubakangurira gukomeza kwirinda.

    Yagize ati “Nibyo koko hari abashobora kuba batabisonanukiwe ariko birumbikana abaturage bacu nicyo tubereyeho, ni ugukomeza kubigisha tubasobanuriura ndetse nubwo yaba yapimwe COVID-19 nyiri izina ashobora kongera kuyandura yamaze kwipimisha, kuba yipimishije ntibikuraho ubwirinzi niyo mpamvu tubakangurira kwirinda bakaraba intoki, bahana intera kandi bambara neza udupfukamunwa kandi birinda ingendo zitari ngomba aho ubona hari abahagaze ku muhanda ntacyo bahakora, turabasaba gukaza ingamba mu bwirinzi kuko iki cyorezo kiratwugarije.

    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/hari-abatekereza-ko-akuma-gapima-umuriro-kagaragaza-ko-batarwaye-covid-19

  • #COVID19 mu Rwanda: Guma mu Rugo iri mu dushya twaranze umwaka wa 2020 (Video) #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Umwaka wa 2020 waje ufite indi sura abantu batatekerezaga, haba mu Rwanda no ku isi muri rusange kubera ibihe bidasanzwe byatewe n’icyorezo cya COVID-19.

    Kigali Today yabateguriye inkuru mu mashusho igaragaza ibyaranze umwaka wa 2020 mu ishusho ya COVID-19.

    Ni umwaka wari wihariye kuko nta muntu watekerezaga ko abantu basabwa kudasohoka mu ngo zabo mu gihe kirenga ukwezi kose. Kuri bamwe ngo ni umwaka bashaka kwibagirwa ngo ariko biragoye kuwibagirwa.

    Birebe muri iyi Video:

    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/COVID19-mu-Rwanda-Guma-mu-Rugo-iri-mu-dushya-twaranze-umwaka-wa-2020-Video

  • Umukino wa Manchester City na Everton wasubitswe habura amasaha ane ngo utangire – IGIHE.com #rwanda #RwOT

    Byari biteganyijwe ko uyu mukino wari kubera kuri Goodison Park utangira saa Yine z’i Kigali (22:00) kuri uyu wa Mbere.

    Ibipimo biheruka gufatwa abakinnyi n’abakozi ba Manchester City, ibisubizo byabyo byagaragaje ko ubwandu bukomeje kwiyongera muri iyi kipe, aho Gabriel Jesus, Kyle Walker n’abandi bakozi babiri b’ikipe basanganywe COVID-19 ku wa 25 Ukuboza 2020.

    Ibinyujije ku mbuga nkoranyambaga zayo, Manchester City, yatangaje ko “ikibuga cy’imyitozo gifunzwe mu gihe kitazwi mu rwego rwo kwirinda ikwirakwizwa rya COVID-19 ndetse abakinnyi bashyizwe hamwe.”

    Uyu mukino wa Premier League wasubitswe mu gihe mu Cyiciro cya Gatatu mu Bwongereza, League One, hasubitswe imikino itandukanye kubera COVID-19.

    Ikipe ya Rochdale yatangaje ko imikino yayo ibiri iri imbere izasubikwa mu gihe Doncaster yatangaje ko imikino yayo yasubitswe ari itatu.

    Mu Cyiciro cya Kane, League Two, ikipe ya Morecombe na yo yatangaje ko imikino yayo ibiri yasubitswe.

    Umukino Manchester City yari gusuramo Everton wabaye uwa kabiri wa Premier League usubitswe muri Premier League kubera COVID-19 kuva imikino isubukuwe muri Kamena. Undi wasubitswe n’uwari guhuza Newcastle United na Aston Villa mu ntangiriro z’Ukuboza.

    Premier League yatangaje ko “Inama y’Ubutegetsi yafashe icyemezo cyo gusubika umukino mu rwego rwo kwirinda hagendewe ku nama zatanzwe na komisiyo y’ubuvuzi ndetse hazakorwa ibindi bipimo ku wa Kabiri.”

    Biteganyijwe ko Manchester City izasubira mu kibuga ikina na Chelsea ku Cyumweru tariki ya 3 Mutarama 2020, umukino uzakurikirwa n’uwa ½ uzayihuza na Manchester United muri Carabao Cup ku wa 6 Mutarama 2021.

    Mu yindi mikino ya Premier League yabaye kuri uyu wa Mbere, Chelsea yanganyije na Aston Villa igitego 1-1 mu gihe Crystal Palace yahagamye Leicester City zikanganya igitego 1-1.

    Umukino wari guhuza Manchester City na Everton wasubitswe habura amasaha ane ngo utangire

    source https://igihe.com/imikino/football/article/umukino-wa-manchester-city-na-everton-wasubitswe-habura-amasaha-ane-ngo

  • Igikombe cy’Isi cy’abatarengeje imyaka 20 cyimuriwe mu 2023 – IGIHE.com #rwanda #RwOT

    Mu itangazo ryasohowe na FIFA ku wa 24 Ukuboza 2020, rivuga ko imikino y’Igikombe cy’Isi cy’abatarengeje imyaka 20 n’icy’abatarengeje imyaka 17 yari iteganyijwe mu 2021 itakibaye.

    Riragira riti “Biragaragara ko uburyo ubuzima buhagaze ku Isi butaragera ku rwego rwiza rwatuma aya marushanwa yombi abasha kuba.”

    FIFA yatangaje ko mu gihe aya marushanwa azaba asubukuwe mu 2023 n’ubundi azabera mu bihugu yagombaga kuberamo umwaka utaha ari byo Indonesie na Peru.

    Amarushanwa menshi y’umupira w’amaguru yari ateganyijwe yagiye yimurwa bitewe n’ikwirakwira ry’icyorezo kigiteye impungenge.

    Muri ayo harimo Euro ya 2020 yimuriwe mu mpeshyi y’umwaka utaha kuva ku wa 11 Kamena kugeza ku wa 11 Nyakanga 2021, Copa América nayo yimuriwe muri iyo mpeshyi, ndetse n’Igikombe cya Afurika cy’ibihugu cyimuriwe muri Mutarama 2022.

    Imibare y’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS), igaragaza ko kugeza ubu ku isi yose abamaze kwandura Coronavirus barenga miliyoni 79,4, abamaze kuyikira bagera kuri miliyoni 44,8 mu gihe abamaze guhitanwa nayo bagera kuri miliyoni 1,74.

    Ukraine ni yo yegukanye Igikombe cy’Isi cy’abatarengeje imyaka 20 giheruka

    source https://igihe.com/imikino/article/igikombe-cy-isi-cy-abatarengeje-imyaka-20-cyimuriwe-mu-2023

  • Chorale de Kigali yemeje abantu mu gitaramo cya Noheli, kirangira bagifite ipfa – IGIHE.com #rwanda #RwOT

    Nubwo Coronavirus yatumye abantu batongera guteranira hamwe, ntibyabujije abishimira ivuka ry’Umwana Yezu kwizihirwa bari imbere za Televiziyo zabo.

    Buri mwaka Chorale de Kigali itegura igitaramo cyo kwishimana n’abakirisitu ku munsi w’ivuka rya Yezu. Uyu mwaka cyabereye muri Kigali Arena, gusa abantu bagikurikiye kuri Televiziyo kuko ibitaramo byahagaritswe.

    Ku mbuga nkoranyambaga, abagikurikiye basazwe n’amarangamutima, bagaragaza ko cyari kinyuze amatwi, kubera amajwi meza y’abasore n’inkumi bo muri iyi chorale. Cyaririmbwemo indirimbo zimenyerewe muri Kiliziya Gatolika, izo mu buzima busanzwe zivuga kuri Noheli n’izindi nyinshi.

    Nk’indirimbo yamamaye cyane mu Buyapani ya Akio Machida yitwa Funiculi Funicula ni imwe mu zo iyi chorale yaririmbye mu buryo bwanyuze benshi, ku buryo umuntu atakeka ko ari Ikiyapani bari kuririmba. By’umwihariko, ijya kurangira baririmbye mu ijwi rinyura amatwi ku buryo wari kugira ngo ni Umunyabigwi Andrea Bocelli uri i Kigali.

    Nyuma yayo, bahise binikiza, bakora mu majwi meza baririmba indirimbo ya Uefa Champions, imwe mu zifatwa nk’izitera ubwoba abantu kurusha izindi zose mbere y’imikino y’iri rushanwa ry’amakipe ya mbere i Burayi.

    Ni indirimbo yanditswe na Tony Britten mu 1992, ikorerwa injyana inyuze amatwi na Orchestre yo mu Bwongereza ibwami yitwa Royal Philharmonic Orchestra.

    Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Rubingisa Pudence, ni umwe bakurikiye iki gitaramo, abinyujije ku rukuta rwa Twitter, yashimiye Chorale de Kigali ku bwo kwinjiza abanyarwanda mu byishimo bya Noheli.

    Umuyobozi Mukuru wa RSSB, Regis Rugemanshuro, nawe kuri Twitter ye yashimye iyi Chorale yahaye ibyishimo bya Noheli abanyarwanda.

    Si aba bayobozi bonyine bavuze kuri iki gitaramo kuko n’abandi benshi cyarangiye banyuzwe ariko bakinyotewe gukomeza kumva amajwi meza y’aba baririmbyi na cyane ko nta wasiganwaga n’igihe ashaka gutaha.

    Gatashya Isaac
    Manishimwe Eric
    Girbert kubeimana
    Rosine Mujawimana
    Henrietta Umutesi
    Simbi ndizihiwe Yvette 👏🏿👏🏿👏🏿👏🏿👏🏿👏🏿👏🏿👏🏿👏🏿 @ChoraledeKigali Mwaduhaye Noheli rwose

    — Aissa M. Cyiza (@AissaCyiza) December 24, 2020

    Well…. honestly these voices @ChoraledeKigali is all you need for a good mental health..at least now 😭😍😍😍❤️

    — THE FAT GEMINI ♊🌟 🇷🇼 (@Emma_Pitie) December 24, 2020

    MERRY CHRISTMAS 🎄 @ChoraledeKigali 🙌🏾🙌🏾🙌🏾🙌🏾 pic.twitter.com/VBPNjtluVq

    — Athan Tashobya (@AthanTashobya) December 25, 2020

    @ChoraledeKigali to @ChampionsLeague Final. pic.twitter.com/C5qX7mNQ1L

    — Athan Tashobya (@AthanTashobya) December 25, 2020

    No doubt about them. That moment brought goosebumps, it seemed like a real champions league night on a Xmas eve. They deserve the opportunity to perform live prior to a @UEFA @ChampionsLeague finale once normality returns. https://t.co/B0suN9R2Ql

    — Bonnie Mugabe (@BonnieMugabe) December 25, 2020

    Mu majwi meza yabo
    Mu njyana nziza cyane
    Mu ndirimbo nziza cyane
    Mu myambaro ibereye ijisho
    Mu nzu nziza cyane cya @kigali_arena
    Chorale de Kigali iduhaye Noheli rwose!
    Murakoze cyane @ChoraledeKigali. pic.twitter.com/qHt3BpkJq2

    — Ruzindana Rugasaguhunga (@RuzindanaRUGASA) December 24, 2020

    Nshimiye @ChoraledeKigali cyane.
    Ubu mbinye ko gukorera mu murongo wa institutionslisation bitanga umusaruro. Rwose mufite intarumikwa ku ruhembe. Mukomeze inzira mwatangiye.
    Muririmbye neza. Amajwi meza. Mesage zumvikana. Harakabaho Institutionalisation

    — Alfred Ngirababyeyi (@ANgirababyeyi) December 24, 2020

    Thank you @ChoraledeKigali for giving us such amazing concert while wearing masks 👏🏽👏🏽 you’ve cheered up our 2020 Christmas 🎄. No more excuses good people, wear your mask all the time, keep distance and wash your hands. #Ntabearinjye

    — Nadine G.Umutoni (@UmutoniNadine) December 25, 2020

    And @ChoraledeKigali‘s highlight of the night was CHIQUITITA

    Chiquitita, tell me what’s wrong
    You’re enchained by your own sorrow. In your eyes there is no hope for tomorrow. How I hate to see you like this. There is no way you can deny it…

    THANK YOU 👌 pic.twitter.com/nMCTmgVLWl

    — Edwin Musoni (@EdwinMusoni) December 24, 2020

    Congratulations to Chorale de Kigali for the amazing Christmas concert. Everything was absolutely spectacular. Kudos to you All for the fine work on sound (despite singing with masks). Let’s keep fighting #Covid-19 pic.twitter.com/IeK54kz66D

    — Pudence RUBINGISA (@PudenceR) December 24, 2020

    Chorale de Kigali yashimishije abakunzi b’umuziki wayo

    Nubwo byabasabaga kuririmba bapfutse umunwa, ntibyababujije kunyura abakurikiye igitaramo cyabo

    Iki gitaramo cyanyuze kuri Televiziyo y’Igihugu

    source https://igihe.com/imyidagaduro/article/chorale-de-kigali-yemeje-abantu-mu-gitaramo-cya-noheli-kirangira-bagifite-ipfa

  • Abanyamerika barenga miliyoni bamaze gukingirwa Coronavirus – IGIHE.com #rwanda #RwOT

    Kugeza ubu urukingo rwa Pfizer-BioNTech ni rwo ruri gukoreshwa, ariko izindi nkingo nyinshi ziri gukorwa ndetse byitezwe ko izirimo urwa Moderna zitangira gutangwa mu minsi ya vuba cyane.

    Amerika irateganya ko abaturage miliyoni 331 bazakingirwa, aho buri kwezi hazajya hakingirwa abaturage batari munsi ya miliyoni 20, gusa uyu mubare ukaba ushobora kwikuba ubwo inkingo zizaba zimaze kuboneka ku bwinshi, ahagana muri Gashyantare na Werurwe umwaka utaha.

    Hagati aho hari impungenge z’ubushoobozi bwa Amerika bwo gukingira abaturage barenga miliyoni 18 bagomba gukingirwa mbere y’uko umwaka urangira, aho bivugwa ko hakenewe imbaraga zikubye inshuro eshanu izisanzwe kugira ngo uyu muhigo uzagerweho.

    Ikigo Gishinzwe Kurwanya Ibyorezo muri Amerika (CDC) kivuga ko inkingo zirenga miliyoni icyenda zimaze kugezwa ahantu zizatangirwa, ku buryo mu bihe bya vuba zigomba kuba zatanzwe.

    Mu gihe hasigaye iminsi itanu gusa ngo intego yo gukingira abaturage igerweho, bamwe mu mpuguke mu by’ubuzima muri Amerika bavuga ko igihe uwo muhigo utakweswa, bishobora gutanga ubutumwa bubi mu baturage, bikanaba bishobora kugira ingaruka mu kwizera ubushobozi bw’urukingo ndetse ntibanarufate.

    Amerika imaze gukingira abaturage barenga miliyoni

    source https://igihe.com/amakuru/mu-mahanga/article/abanyamerika-barenga-miliyoni-bamaze-gukingirwa-coronavirus

  • Umunyamakuru Gerard Mbabazi agiye kurushinga – IGIHE.com #rwanda #RwOT

    Impapuro z’ubutumire zigaragaza ko Mbabazi azasaba anakwe Uwase tariki 30 Mutarama 2021.

    Hazakurikiraho umuhango wo gusezerana imbere y’Imana uzabera kuri Christus i Remera tariki 6 Gashyantare 2020, hanyuma abatumiwe bakirirwe kuri Solace Kacyiru.

    Mbabazi asanzwe ari umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru (RBA), azwi cyane mu kiganiro ‘Zoom In’.

    Mu minsi ishize nibwo Mbabazi yagaragaje umukunzi we mu butumwa yashyize ku mbuga nkoranyambaga buherekejwe n’ifoto ari kumwe n’umukunzi we.

    Mu magambo yaherekeje iyi foto Mbabazi yagize ati “Niba dukundana, Imana iba muri twe kandi urukundo rwayo rwuzuye muri twe […] Uwase na njye.”

    Mbabazi ni umwe mu banyamakuru babimazemo igihe, ntabwo yakunze kuvugwa cyane mu nkuru z’urukundo.

    Uyu musore amaze imyaka igera kuri 12 ari mu mwuga w’itangazamakuru, yakoreye RC Huye, Radio Salus, KT Radio na RBA akorera kugeza ubu.

    Ubutumire mu bukwe bw’umunyamakuru Gerard Mbabazi

    Gerard Mbabazi n’umukunzi we Uwase Alice bitegura kurushinga

    Urukundo rwa Mbabazi na Uwase bagerageje kurugira ibanga

    Gerard Mbabazi ni umunyamakuru wa RBA

    source https://igihe.com/imyidagaduro/article/umunyamakuru-gerard-mbabazi-agiye-kurushinga

  • Abakinnyi babiri ba Man City banduye Covid-19 – IGIHE.com #rwanda #RwOT

    Aba bose bagomba guhita bishyira mu kato bagakurikiranwa n’inzego z’ubuzima mu kwirinda ko hagira undi banduza.

    Kuba Gabriel Jesus na Kyle Walker basanzwemo Covid-19 bivuze ko bashobora kutazagaragara ku mukino iyi kipe izahuramo na mukeba wayo basangiye umujyi, Manchester United, muri ½ cya Carabao Cup uzakinwa tariki ya 6 Mutarama 2021, kuko bagomba guhita bajya mu kato k’iminsi icumi.

    Manchester City ifite umikino kuri uyu wa Gatandatu wa shampiyona izahuramo na Newcastle United mu gihe izanahura na Chelsea tariki ya Gatatu Mutarama 2021, bivuze ko aba bakinnyi bazaba bakiri mu kato.

    Gabriel Jesus yari amaze kuyitsindira ibitego bine mu mikino 11. Iyi kipe iri ku mwanya wa munani n’amanota 23.

    Walker na Jesus basanzwemo Covid-19

    source https://igihe.com/imikino/football/article/abakinnyi-babiri-ba-man-city-banduye-covid-19

  • DJ Marnaud yasohoye indirimbo yise ‘Mundemere’ ikumbuza abantu ibirori – IGIHE.com #rwanda #RwOT

    Uyu musore w’imyaka 25 uri mu bagezweho mu ruganda rw’imyidagaduro mu Rwanda, yahaye Noheli abakunzi b’umuziki we asohora indirimbo ye nshya yise “Mundemere”.

    Muri iyi ndirimbo, DJ Marnaud aba aririmbamo ibintu akumbuye nyuma y’igihe gikabakaba amezi icumi imyidagaduro ihagaritswe. Avugamo uburyo akumbuye gusabana n’inshuti basangira akabyeri gakonje, uko akumbuye kumva umu-DJ avangavanga imiziki y’ubwoko butandukanye n’ibindi.

    Aba asaba inshuti ze kumuremera, ni ukuvuga kumutera inkunga, bakamuha nk’ibihumbi bitanu kuko ngo mu mufuka nta kirimo.

    Avuga kuri iyi ndirimbo yagize ati “None se ko abantu batemerewe gusohoka ngo bajye kwishimisha, nagerageje kureba nk’umuhanzi umusanzu natanga kugira ngo mbafashe kwishima aho bari nsanga ari ukubaha indirimbo nshya.”

    Iyi ndirimbo iri mu njyana zikundwa n’abatari bake mu tubyiniro, mu buryo bw’amajwi yakozwe na Kevin Klein, amashusho yayo byitezwe ko azasohoka ku wa Mbere tariki 28 Ukuboza 2020.

    Mugisha Gatera Arnaud uzwi nka Dj Marnaud ni umwe mu babarizwa mu itsinda ry’abavanga imiziki rya Dream Team DJs, ahuriyemo na DJ Toxxyk na DJ Jullz. Ni naryo ryahozemo nyakwigendera DJ Miller.

    DJ Marnaud azwi mu ndirimbo yahuriyemo n’abandi bahanzi zirimo nka ‘Bape’ ye na Active, ‘Ribuyu’ yahuriyemo na DJ Pius n’izindi zitandukanye.

    Usibye kuba ari umu-DJ, Marnaud umuziki we unyura abatari bake

    source https://igihe.com/imyidagaduro/article/dj-marnaud-yasohoye-indirimbo-yise-mundemere-ikumbuza-abantu-ibirori