
Tag: featured
-
Ibigo by’indashyikirwa mu gutanga serivisi zinoze muri Expo 2020 byahembwe (Amafoto) – #rwanda #RwOT
Ni igikorwa cyabereye i Gikondo muri Expo Ground aho Expo iri kubera kuri uyu wa 30 Ukuboza 2020. Cyitabiriwe n’abahagarariye ibigo bitatu bya mbere gusa hagamijwe kwirinda icyorezo cya COVID-19.
Ibiro bitatu byahembwe birimo icya BK Group Plc n’ibindi bigishamikiyeho, Banki y’u Rwanda itsura Amajyambere (BRD) iba iya kabiri, mu gihe Bonjour Hygien Products Ltd yabaye iya gatatu.
Umuyobozi Mukuru wungirije muri PSF, Gishama Eric, yavuze ko ugereranyije n’ibihe Isi irimo byo guhangana n’icyorezo, Expo ya 2020 yitabiriwe kurusha uko byari byitezwe.
Yagize ati “Twakiriye abantu bamurika bagera kuri 382, ndetse harimo n’abanyamahanga bashoboye kwitabira 78. Ibyo rero bitwereka ko habaye ubwitabire bwiza ukurikije ibihe turimo.”
Ubuyobozi bwa BK Group Plc bwavuze ko kuza ku isonga mu gutanga serivisi nziza muri Expo, ari ibintu bukesha kwitanga kw’abakozi.
Bwagize buti “Ni ukwitanga no kwemera kubiha umwanya. Iyi Expo yabaye mu bihe bidasanzwe […] Twese twahagurukiye rimwe turaza duhagararira BK Group kandi dushyiramo imbaraga, ubwitange n’umurava ku buryo abakiliya bashoboye kutugeraho duhamya ko twabafashe neza.”
Umuyobozi w’Agateganyo ushinzwe Ibikorwa muri BRD, Iriboneye Jean Claude, we yavuze ko guhindura uburyo basanzwe bakoramo no kwegera abakiliya bakabaganiriza ari cyo cyabahesheje amanota.
Yagize ati “Icyo twakoze ni uguhindura uburyo twayikozemo, aho twagerageje no gusanga abaganaga Expo bose aho bari tukagerageza kuganira nabo no kubaha umwanya wacu kugira ngo tubasobanurire neza ibyo dukora. Bumve ibyo dukora n’uburyo dukoramo […] kugira ngo turebe uburyo twazakorana nabo mu gihe kiri imbere.”
Abandi bagenewe ibihembo ni abahize abandi mu byiciro bitandukanye, aho rwiyemezamirimo ukiri muto hahembwe Holy Trust Ltd, rwiyemezamirimo w’umugore aba Pharmalab Ltd, ubyaza umusaruro ubuhinzi n’ubworozi aba Inyange Industries.
Hahembwe kandi Prime Cement nk’uruganda rwiza, Sosiyete y’Itumanaho iba MTN, abahanze udushya baba Milbridge Group (MG) Ltd, abatanga serivisi z’ishoramari baba Ikigo cy’Igihugu cy’Ubwiteganyirize, RSSB, naho igihugu cy’amahanga cyamuritse neza kiba Turikiya.
PSF kandi yashimiye Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM) nk’umufatanyabikorwa mukuru, ishimira abitabiriye n’abaje muri Expo muri rusange, ikomeza gukangurira Abanyarwanda kwitabira kugura ibikorerwa mu gihugu.
Expo 2020 yatangiye ku wa 11 Ukuboza 2020, iasozwa ku wa 31 Ukuboza 2020. Yakozwe mu buryo budasanzwe kubera ibihe byo kwirinda icyorezo cyugarije Isi, aho bamwe mu basanzwe bayitabira barimo abacuruza inzoga n’ibikinisho by’abana, n’ab’ibikorwa by’imyidagaduro batayitabiriye.
Iriboneye Jean Claude (ibumoso) yakira igikombe cya BRD yabaye iya Kabiri mu gutanga serivisi nziza
BK Group Plc ni yo yaje ku isonga mu gutanga serivisi nziza muri Expo 2020
Bonjour Hygien Products Ltd yahembewe umwanya wa gatatu mu gutanga Serivisi nziza muri Expo 2020
Ibigo bitatu byabaye indashyikirwa mu gutanga serivisi nziza muri Expo byahembwe
Umuyobozi wungirije muri PSF, Gishama Eric, yavuze ko Expo 2020 yitabiriwe kurusha uko byari byitezweAmafoto: Igirubuntu Darcy
-
Gatsibo: Umugabo yishe umwana w’imyaka 10 amujugunya mu kiyaga cya Muhazi – #rwanda #RwOT
Ibi byabereye mu Kagari ka Nyabisindu mu Murenge wa Kiramuruzi, kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 30 Ukuboza 2020.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kiramuruzi, Yankurije Vestine, yabwiye IGIHE ko aya mahano yabaye ahagana saa Tanu z’amanywa ku nkengero za Muhazi.
Ati “Byari mu masaha ya saa Tanu umwana w’imyaka icumi ajya kuvoma, hirya gato hari hari undi mwana abona umugabo araje afata wa mwana wavomaga aramuniga, ka kana kariruka kajya guhuruza abantu kababwira ko uwo mugabo ari kwica undi mwana abandi nabo bamanuka biruka basanga yamaze kumwica.”
Yakomeje avuga ko uwo mugabo yamaze kumwica amukuramo imyenda ubundi amuzirika amaguru n’amaboko ngo ahita amunaga mu mazi.
Ati “Abantu bamaze kuhagera bahise batangatanga wa mugabo aho yari yirukiye baramufata na wa mwana bamukura mu mazi. Icyatumye amwica ntiturakimenya kuko iwabo w’uwo mwana naho we atuye haratandukanye cyane; ni mu midugudugu itandukanye ariko icyo twabashije kumenya ni uko mu minsi ishize uwo mugabo yashatse kwica umugore we n’abana barahunga, ubu yabaga wenyine.”
Yankurije yavuze ko ubwo uyu mugabo yafatwaga yabanje guceceka yanga kugira icyo avuga nyuma y’amasaha make ngo yahise atangira guhakana ko ariwe wishe uwo mwana nyamara ngo mu mufuka yari afite hari harimo imyenda y’umwana.
Yasabye ababyeyi kuba hafi y’abana babo bakirinda kubarekura ngo babave iruhande mu gihe bagiye ahantu batizeye.
Ati “Icya mbere twabasaba ni ukurinda abana kujya bagenda bonyine ahantu umutekano wabo utizewe ku buryo niba umwana avuye mu rugo yajya agendana n’abantu bakuru. Ikindi ni ukubasaba kujya baba hafi y’abana babo, turanasaba abaturage kwirinda ubugome kuko ntacyo bumaze uretse gutuma ujya muri gereza gusa.”
Kuri ubu uyu mugabo yashyikirijwe RIB Sitasiyo ya Kiramuruzi kugira ngo akorerwe dosiye ashyikirizwe Ubushinjacyaha.
-
Karongi: Umunyeshuri yituye hasi, ahita yitaba Imana mu buryo butunguranye – #rwanda #RwOT
Inkuru y’urupfu rwa Munyawera yamenyekanye mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 30 Ukuboza 2020. Yaguye mu ishuri riri mu mu Kagari ka Ryaruhanga, Umurenge wa Mubuga muri Karongi.
Umuyobozi w’Ishuri rya St. Alphonse Mubuga, Padiri Habuhazi Michel, yemeje aya makuru avuga ko bagerageje kumujyana kwa muganga akitaba Imana bakigerayo.
Yagize ati “Iyi nkuru y’akababaro yabaye muri iki gitondo, mu masaha ashyira saa Moya n’igice ubwo abana bari bavuye kunywa igikoma, abandi bari mu masuku, maze Munyawera yitura hasi, ubwo yarimo yisiga amavuta, abari kumwe na we bahamagaye [Umuyobozi ushinzwe Imyitwarire] Animateur araza ahageze bamujyana kwa muganga. Mu minota mike bari bagezeyo ariko yitabye Imana bagitereje ko yakirwa.”
Yakomeje avuga ko uyu munyeshuri nta kindi kibazo cy’uburwayi yari afite kuko ataherukaga no kujya kwa muganga cyangwa ngo agaragaze ikindi kibazo cy’ubuzima.
Padiri Habuhazi yavuze ko inzego zitandukanye kuva ku rw’akarere, Polisi n’urw’Igihugu rushinzwe Ubugenzacyaha, RIB, zahageze kugira ngo zitangire iperereza ku rupfu rwa nyakwigendera.
Umurambo wa Munyawera wajyanywe mu buruhukiro bw’Ibitaro by’Icyitegererezo bya Kibuye aho uzavanwa woherezwa gupimirwa mu Mujyi wa Kigali ku wa 31 Ukuboza 2020, mbere yo gushyingurwa.
-
Uganda ikomeje ibikorwa byo gushimuta no guhohotera Abanyarwanda – #rwanda #RwOT
Mu baherutse kuzizwa amaherere barimo Mathew Nsabimana na George Bazatoha, baherutse gushimutwa mu buryo butemewe n’amategeko, bakajyanwa gufungwa kandi imiryango yabo ikabuzwa kubageraho.
Nka Nsabimana usanzwe ari umucuruzi ufite inyubako icumbikira abashyitsi ya ‘Bahamas Bar and Lounge’ aherutse gushimutwa na CMI mu gikorwa cyari kiyobowe na Maj. Nelson Kyatuka, wamushimuse akamujyana aboshye mu modoka y’ibirahuri bitabona, akerekezwa muri kasho ya Polisi iherereye ahitwa Kireka, izwi nk’indiri y’ibikorwa by’iyicarubozo rikabije.
Usibye ibikorwa by’ubucuruzi Nsabimana akora mu buryo bwemewe n’amategeko kuva mu 2008 ubwo yajyaga muri Uganda, uyu mugabo nta bindi bya politiki bizwi yigeze ajyamo, ahubwo atuye mu gace ka Seguku yaguzemo inzu mu 2015.
Nk’uko bimaze kumenyerwa mu mikorere ya CMI, Nsabimana ntiyagejejwe imbere y’inkiko mu masaha 48 nyuma y’ifatwa rye nk’uko biteganywa n’amategeko, ahubwo yashyizwe muri kasho kandi nta kirego cyangwa ibimenyetso bifatika bimushinja bihari.
CMI kandi yimye Nsabimana uburenganzira bwo kugira uwo bahura nawe ndetse abuzwa gushaka uzamwunganira mu by’amategeko.
Undi Munyarwanda uherutse kuzira ibikorwa bya CMI ni uwitwa George Bazatoha, uyu akaba ari Umugande ufite inkomoko mu Rwanda.
Bazatoha uzwiho gukunda umuco w’u Rwanda cyane yafashwe na CMI kubera uburyo atahwemye kwerekana urukundo afitiye igihugu cye cy’inkomoko, ibintu byamuranze kuva na kera dore ko yari Umuyobozi w’Umuryango w’Abanyarwanda bigaga muri Kaminuza ya Makelele yo muri Uganda.
Uyu mugabo na we ajya gufatwa yazengurutswe n’imodoka za CMI mbere yo kwinjizwamo mu buryo bw’agahato, icyo gihe ntabwo yaneretswe impapuro zemeza itabwa muri yombi rye.
Gushimuta Abanyarwanda muri ubu buryo bimaze kuba umuco muri CMI kandi ntijya yerekana ibihamya by’ibyaha baregwa, yaba mu buryo bw’ibimenyetso cyangwa kubihamya mu rukiko.
Kuva mu ntangiriro z’umwaka wa 2017, CMI yakajije umurego mu gushimuta Abanyarwanda batandukanye, ikabafunga binyuranyije n’amategeko abandi ikabatoteza ndetse bamwe bakicwa urubozo. Muri ibi bikorwa byose, CMI ifatanya n’Umutwe w’Iterabwoba wa RNC wa Kayumba Nyamwasa uvuga ko arwanya Leta y’u Rwanda.
Ibibazo byo gushimuta Abanyarwanda byatumye u Rwanda rubuza abaturage barwo kujya muri Uganda bitewe n’uko rudashobora kubarindira umutekano igihe bariyo.
Ubushotanyi bwa Uganda bukomeje gukorwa mu gihe mu minsi ishize Perezida wa Angola yinjiye mu buhuza bugamije kunga ibihugu byombi ndetse haza gusinywa amasezerano ya Luanda yarimo ingingo zitandukanye zirimo n’uburyo ibikorwa byo guhohotera Abanyarwanda baba muri Uganda bigomba guhagarara.
Nyuma y’amasezerano ariko nta kintu Uganda yigeze ikora mu kuyashyira mu bikorwa, ahubwo yakomeje guhohotera Abanyarwanda ibashinja ko ari intasi, ibyatumye bamwe mu basesenguzi bibaza uburyo u Rwanda rushobora kugira abatasi bangana batyo.
Umwe muri bo yagize ati “Ariko ibi bintu bya Museveni n’abatasi bo mu Rwanda byakwitwa iki? Kubera iki ameze nk’ubona intasi z’Abanyarwanda no munsi y’igitanda aryamaho?”
CMI na RNC bifatanya gutoteza Abanyarwanda ndetse no gushaka guhungabanya umutekano w’u Rwanda
source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/uganda-ikomeje-ibikorwa-byo-guhohotera-abanyarwanda
-
Touadéra yavuze uko Ingabo zidasanzwe za RDF zageze muri Centrafrique n’impamvu Bozizé atafashwe (Amafoto) – #rwanda #RwOT
Touadéra yabigarutseho ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu mu kiganiro n’abanyamakuru bo mu bihugu bitanu bya Afurika bifite ingabo muri Repubulika ya Centrafrique aho ziyemeje kubungabunga amahoro.
Centrafrique nka kimwe mu bihugu bimaze imyaka myinshi birimo imvururu, yakoze amatora ku Cyumweru tariki ya 27 Ukuboza 2020, hari ubwoba bukomeye ko ashobora gukurikirwa n’imvururu zikaze zitewe n’imitwe yitwaje intwaro ishyigikiwe na François Bozizé gusa Ingabo z’u Rwanda zari ziryamiye amajanja arangira nta nkomyi.
Touadéra yatangaje ko igihugu cye aricyo cyasabye u Rwanda koherezayo ingabo zo kubungabunga amahoro nyuma yo kubona ko hashobora kwaduka imvururu zikomeye zashoboraga no kuburizamo amatora.
Ati “Ndashaka gushimira byimazeyo Perezida [Kagame] ku bw’umuhate yasubizanyije ubusabe bwacu, nitwe twabisabye [kohereza ingabo] kuko twabonaga ibintu bikomeye. Byabaye ngombwa ko dusaba ibihugu by’inshuti ko bidutera ingabo mu bitugu mu kubungabunga amahoro muri aya matora kuko ari igikorwa cy’ingenzi mu buzima bwa demokarasi y’igihugu cyacu.”
Mu Ngoro y’Umukuru w’Igihugu muri Centrafrique, uhereye ku musirikare ufungura amarembo, ukagera ku bagenda intambwe ku yindi iruhande rwa Perezida Touadéra mu muhanda, mu Biro n’abarinda urugo rwe n’umuryango we bose ni Abanyarwanda.
Yakomeje agira ati “Ingabo zaje hano, murabizi ko hari ibyiciro bibiri by’Ingabo z’u Rwanda ziri hano, umutekano wanjye ucungwa n’izo ngabo, ndanyuzwe cyane. Ndashimira kandi Umutwe udasanzwe uri hano, bacunze umutekano muri Bangui, mwabonye izo ngabo z’umutwe udasanzwe z’u Rwanda zicunze umutekano w’Umujyi wa Bangui kugira ngo abaturage babashe kujya gutora batekanye.”
Touadéra yashimye uburyo Ingabo z’u Rwanda zicunga umutekano we n’abanyagihuguYavuze kuri Bozizé n’impamvu atafashwe
Mu mpera z’umwaka ushize, Bozizé yinjiye mu gihugu aturutse mu mahanga mu buhungiro yari amazemo imyaka itandatu, anatangaza ko afite gahunda zo kwiyamamariza kuyobora igihugu mu matora ya Perezida yabaye muri uku kwezi.
Touadéra yabwiye abanyamakuru ko ubwo yagarukaga na mbere yaho, nta gihugu cy’igituranyi cyari cyigeze kimenyesha Centrafrique ko uyu mugabo w’imyaka 74 wayoboye kuva ku wa 15 Werurwe 2003 kugera ku wa 24 Werurwe 2013 yaba ari ku butaka bwacyo.
Ati “Nta gihugu na kimwe cy’igituranyi kiratubwira ko cyabonye Bozizé ku butaka bwacyo gusa ubu tuzi neza ko ari ku butaka bwa Centrafrique ndetse ni we wayoboye ibitero byagabwe ku Ngabo z’Umuryango w’Abibumbye zose ziri hano, ku ngabo no ku baturage. Arahari ni we uyobora ibyo bikorwa by’ubugizi bwa nabi.”
Nyuma y’iminsi itanu avuye ku butegetsi mu 2013, Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ICC, rwamushyiriyeho impapuro zisaba ko atabwa muri yombi, gusa kuva ubwo ntabwo byigeze biba no ku munsi yagarukaga muri Centrafrique.
Ubwo yasobanuraga impamvu atafashwe, Touadéra yagize ati “Hanyuma kuki atafashwe mu gihe yashyiriweho impapuro zisaba ko atabwa muri yombi? Murabizi ko twari mu biganiro, twabikoze dufite umutima n’amahitamo y’ibiganiro n’ubwiyunge, hanyuma ajya kuza twahisemo inzira ya politiki twizera ko yinjira mu gihugu bigendanye n’amasezerano. Ni muri ubwo buryo ariko ntibisobanuye ko inzira z’ubutabera zitashoboraga gukurikiraho n’ubu ziriho ariko twatekereje ko twaganira.”
Perezida Touadéra yavuze ko muri ibyo biganiro, kimwe mu byarebwagaho ari uburyo bwo kuvugurura imibereho y’abahoze ari abakuru b’igihugu, ibintu ubusanzwe bitari biteganyijwe mu buryo busobanutse mu Itegeko Nshinga.
Ati “Nibyo twakoze, twatoye itegeko, dushyiraho amateka agena uko agomba gushyirwa mu bikorwa hanyuma batangira kubona pansiyo zabo […] nta wababujije politiki ariko hariho amategeko, si njye washyizeho Itegeko Nshinga.”
Yavuze ko amategeko ariyo agena ibigomba gukurikizwa ku muntu ushaka kuba Perezida wa Repubulika ndetse ko hari n’inzego zibishinzwe zirimo nka Komisiyo y’Igihugu y’Amatora n’Urukiko rushinzwe kurengera Itegeko Nshinga.
Ku wa 3 Ukuboza, Urukiko rushinzwe kurengera Itegeko Nshinga rwanzuye ko Bozizé atemerewe kwiyamamaza kuko atujuje ibisabwa runashingiye ku bihano yafatiwe.
Touadéra ati “Ndatekereza ko nk’umuntu uharanira demokarasi nk’uwahoze ari Perezida wa Repubulika, yari akwiye kubaha inzego z’igihugu. Gusa ntiyigeze abikora ahubwo yihutiye gusuganya imitwe yitwaje intwaro.”
Yavuze ko igihugu cyanyuze mu bihugu bikomeye, amahirwe uyu munsi ahari akaba ari uko hari ingabo za Minusca n’iz’igihugu zigerageza kuburizamo ibikorwa bya Bozizé. Yavuze ko hazafatwa ingamba zikomeye kuri ibyo bikorwa bigamije guhungabanya umutekano w’igihugu.
Perezida Touadéra yavuze ko Bozizé yagarutse mu gihugu ntafatwe kuko hari hari ibiganiro bigamije kunga abenegihuguBozizé yaba yari yarahungiye he? UGANDA?
Harouna Douamba ni umwe mu bantu bubashywe muri Centrafrique, afite ibinyamakuru bikorera kuri internet birenga 20. Uyu mugabo ubusanzwe akomoka muri Burkina Faso ndetse hari amakuru ko ari inshuti ikomeye ya Touadéra, ko yamuhaye imodoka agendamo ndetse n’uburinzi.
Mu kiganiro na IGIHE, yavuze ko ibibazo Centrafrique ifite muri iki gihe byihishwe inyuma n’u Bufaransa by’umwihariko Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wabwo, Jean-Yves Le Drian.
Yavuze ko iyo biza kuba atari ubufasha bw’u Bufaransa, Bozizé aba yaratawe muri yombi ubwo yagarukaga mu gihugu.
Ati “Ni inde wamuzanye? Ese utekereza ko u Bufaransa butahawe amakuru y’uko Bozizé agiye kuva muri Uganda? Bwabwiwe byose, ariko se bwakoze iki?”
IGIHE: Yageze hano avuye muri Uganda?
Harouna: Yari muri Uganda mu buhungiro. Ni ukuvuga ngo yavuye muri Uganda aza hano, ariko se yaje gute? Ni inde wamuzanye? Ushobora kwambuka imipaka ukagera hano nta mpungenge? Ni inde wamuzanye akamugeza hano? Ni ibibazo byo kwibaza.
Yavuze ko ariwe wasabye Perezida Kagame kohereza ingabo muri RCA kuko yabonaga ibintu bishobora gukomera hakaba imvururu
Niwe uhabwa amahirwe yo kwegukana ku majwi yo hejuru amatora ya Perezida wa Repubulika yabaye ku wa 27 Ukuboza 2020Amafoto: Girinema Philbert
-
Perezida Kagame yashimye umuhate w’Ingabo z’u Rwanda, azifuriza ishya n’ihirwe mu 2021 – #rwanda #RwOT
Ibi Umukuru w’Igihugu yabigarutseho mu ijambo yagejeje ku Ngabo z’u Rwanda n’izindi nzego z’umutekano ahanini rigamije kuzishimira no kwifuriza abazigize umwaka mwiza wa 2021.
Perezida Kagame yavuze ko ashima uburyo Ingabo z’u Rwanda zikoresha umuhate mu kuzuza neza inshingano zazo, by’umwihariko azishimira uburyo zitwaye mu guhangana n’ibibazo igihugu cyahuye nabyo birimo n’icyorezo cya COVID-19.
Ati “Nyurwa n’umuhate wanyu mu bijyanye no kuzuza inshingano zanyu ndetse no gushyira imbere indangagaciro zikomeye z’igihugu cyacu. Abaturage b’igihugu cyacu bakwiye kurwanirwa ndetse byaba ngombwa bakitangirwa.”
“Intangiriro z’umwaka mushya ni igihe cyo gusubiza amaso inyuma no kwisuzuma, uyu mwaka ushize wasabaga byinshi. Ariko mwahanganye n’imbogamizi twahuye nazo zirimo n’icyorezo cya COVID-19 n’ukudatezuka, kwiyemeza n’ubudakemwa. Igihugu cyacu giha agaciro imirimo yanyu.”
Perezida Kagame yakomeje ashima abagize inzego z’umutekano z’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro mu mahanga, anabasaba ko mu mwaka mushya bazakomeza kurangwa n’indangagaciro nziza bamaze kumenyekanaho.
Ati “Ndoherereza by’umwihariko ubutumwa bwo gushimira ingabo zacu ziri mu butumwa bw’amahoro mu mahanga. Ntabwo byoroshye gutandukana n’umuryango muri ibi bihe by’iminsi mikuru. Ndabashimira kubera ukwigombwa mugaragaza hagamijwe kurinda amahoro ku mugabane wacu n’ahandi.”
“Mu mwaka mushya, muzasabwa gukomeza kugaragaza ikinyabupfura, kwigirira icyizere no gukora cyane nk’uko ingabo zacu n’inzego z’umutekano zibizwiho. Kurinda umudendezo n’umutekano w’Abanyarwanda niyo nshingano yanyu y’ibanze. Muri bimwe mu by’agahebuzo igihugu cyacu gishobora gutanga.”
Perezida Kagame yavuze ko mu izina rya Guverinoma no ku giti cye yifurije abagize inzego z’umutekano z’u Rwanda kuzagira umwaka mwiza wa 2021.
Uretse Perezida Kagame, Ingabo z’u Rwanda ziherutse gushimwa na Perezida wa Centrafrique, Faustin-Archange wanashimye Leta y’u Rwanda yemeye ubusabe bwe ikohereza ingabo zihariye mu gihugu cye zo kubungabunga ibikorwa by’amatora y’Umukuru w’Igihugu n’Abagize Inteko Ishinga Amategeko yabaye ku wa 27 Ukuboza 2020. Uretse kurinda umutekano muri Centrafrique Ingabo z’u Rwanda zinagira uruhare mu butumwa bwo kugarura amahoro muri Sudani y’Epfo na Sudan mu Ntara ya Darfur.
Perezida wa Repubulika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yashimye umuhate w’Ingabo z’u Rwanda, azifuriza ishya n’ihirwe mu 2021
-
Perezida Kagame yifurije ingabo z’u Rwanda umwaka mwiza wa 2021 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

Mu butumwa bwihariye yageneye n’abarinda umutekano, yagize ati “Mu izina rya Guverinoma y’u Rwanda no mu izina ryanjye bwite, ndagira ngo nifurije umwaka mushya muhire wa 2021, abagabo n’abagore b’intwari z’ingabo z’u Rwanda barinda umutekano.”
Yakomeje agira ati “Nishimiye ubwitange bwanyu bwo gusohoza inshingano zanyu no kubahiriza indangagaciro z’igihugu cyacu buri munyagihugu akwiye guharanira, byaba na ngombwa akakitangira.”
Ubutumwa bwa Perezida Paul Kagame bushimira ingabo z’u Rwanda bukomeza bugaragaza ko nubwo u Rwanda rwahuye n’ibibazo ariko ingabo zakomeje ibikorwa by’indashyikirwa mu murimo wazo.
Ati “Intangiriro y’umwaka mushya ni igihe cyo gutekereza no gusuzuma ibyagezweho mu mwaka ushize, ariko, ugendeye ku bibazo twahuye na byo, harimo icyorezo cya Covid-19, hamwe no kwihangana, kwitanga, no kuba indashyikirwa. Igihugu cyacu cyishimiye umurimo wanyu.”
Uretse ingabo zirinda ubusugire bw’igihugu, ashimira n’ingabo zibungabunga amahoro mu bihugu by’amahanga.
Ati “Mboherereje ijambo ryihariye rishimira ingabo zacu zikorera mu mahanga mu butumwa bwo kubungabunga amahoro. Ntibyoroshye gutandukana n’umuryango mu gihe cy’ibiruhuko. Ndabashimira ubwitange mutanga mu kurengera amahoro ku mugabane wacu ndetse no hanze yawo.”
Perezida Kagame asaba Ingabo z’u Rwanda gukomeza kurangwa n’imyitwarire myiza isanzwe ibaranga, gutanga icyizere n’akazi kanoze biranga ingabo z’u Rwanda.
Ati “Kurinda imibereho myiza n’umutekano by’Abanyarwanda ni umuhamagaro wanyu ukomeye uri mu byiza igihugu cyacu kibakesha. Nongeye kubifuriza, n’imiryango yanyu umwaka mushya muhire wa 2021.”

-
Ubukungu 2020: COVID-19 isize icyuho kizamara imyaka itatu #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT
-
- Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Dr Uzziel Ndagijimana
Tariki ya 13 Kamena 2019 Minisitiri w’imari n’igenamigambi Dr. Uzziel NDAGIJIMANA yagejeje ku Nteko Ishinga Amategeko imitwe yombi umushinga w’ingengo y’imari y’umwaka wa 2019/2020 yari miliyari 2876.9 Frw avuye kuri miliyari 2585.2 Frw yari mu ngengo y’imari ivuguruye y’uyu mwaka wa 2018/2019, bisobanuye ko ingengo y’imari y’umwaka 2019/2020 yiyongereyeho miliyari 291.7 Frw, angana na 11%.
Minisitiri NDAGIJIMANA yagize ati “Iyi ngengo y’imari izakomeza kongera amafaranga y’imbere mu gihugu, gucunga neza inguzanyo no kugenera ingengo y’imari ibikorwa by’ingenzi.”
Ibi bivuze ko amafaranga akomoka imbere mu gihugu azagera kuri miliyari 1963.8Frw, bingana na 68.3% by’Ingengo y’Imari yose ya Leta mu 2019/2020. Inkunga z’amahanga ziteganyijwe kugera kuri miliyari 409.8 Frw, naho inguzanyo z’amahanga zikagera kuri miliyari 497 Frw bingana na 17.3%.
Hagendewe ku mibare itangwa na Minisiteri y’Imari n’igenamigambi, icyuho hagati y’ibyo u Rwanda rutumiza n’ibyo rwohereza mu mahanga cyageze kuri Miliyoni 906 z’Amadolari ya Amerika mu mwaka wa 2018 kivuye kuri Miliyoni 829.2 z’Amadolari ya Amerika mu mwaka wa 2017, bivuze ko kiyongereye ku gipimo cya 9.3%.
Muri Gashyantare 2020 Banki Nkuru y’Igihugu (BNR) yatangaje ko icyuho hagati y’ibicuruzwa u Rwanda rutumiza hanze n’ibyo rwohereza cyiyongereye.
Guverineri John Rwangombwa yerekanye ko ibyatumijwe hanze mu mwaka wa 2019 byazamutse ku gipimo cya 10.6% mu gihe ibicuruzwa byoherejwe byazamutse ku gipimo cya 3.8% gusa.
Kwiyongera kw’ibyo u Rwanda rutumiza mu mahanga kwatewe ahanini n’imishinga minini yo mu rwego rw’imihanda, amashanyarazi, n’inyubako, harimo ikibuga cy’indege cya Bugesera, umushinga w’amashanyarazi akomoka kuri nyiramugengeri (peat to power) mu Karere ka Gisagara n’imishinga yo kubaka imihanda itandukanye, hakiyongeraho n’izamuka ry’ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli.
Nubwo u Rwanda rufite byinshi rutumiza hanze ariko rwashyize imbaraga mu bikorerwa mu gihugu, cyane ko umwaka wa 2020 watangiye ubuhahirane n’akarere hari aho butari ntamakemwa.
Umwaka wa 2020 watangiye umupaka uhuza u Rwanda na Uganda ufunze ariko abaturage bagaragaza gukenerana. Ibi byatumye bamwe muri bo batangira kunyura inzira zitemewe mu guhahirana, maze u Rwanda rushyiraho amasoko n’amaguriro ku mipaka mu korohereza abaturage kubona ibyo bashaka batagombye kwambuka imipaka.
Ni ibikorwa byakozwe ku mipaka no mu mirenge yegereye igihugu cya Uganda mu turere twa Gicumbi, Burera na Nyagatare aho abaturage begerejwe ibikorwa by’amajyambere n’ibikorwa remezo mu kubafasha kugira ubuzima bwiza.
Ubuhahirane hagati y’u Rwanda n’ibindi bihugu nka Repuburika Iharanira Demokarasi ya Kongo hamwe na Tanzania bwo bwakomeje nk’uko bisanzwe, mu gihe ku Burundi bwo ubuhahirane butari bumeze neza bitewe n’ingamba zashyizweho n’icyo gihugu.
U Rwanda rwari rwarateguye imishinga myishi ikomeza kuzamura ubukungu ku gihugu n’iterambere ry’umuturage, hagamijwe kwihutisha izamuka ry’ubukungu bugera kuri bose, bishingiye ku rwego rw’abikorera, ku bumenyi, n’umutungo kamere by’igihugu.
Mu gukomeza ubuhahirane n’abaturanyi, u Rwanda rwateguye gukomeza kubaka amasoko yambukiranya imipaka mu turere twa Burera, Rusizi na Nyamasheke; Kongera ibyo u Rwanda rwohereza mu mahanga no guteza imbere ibikorerwa mu Rwanda, hakazibandwa kongerera ubushobozi ikigega kigamije guteza imbere ibicuruzwa byoherezwa mu mahanga (Export Growth Facility).
Imishinga yari iteganyijwe yari myinshi mu gihugu kigana ku rwego rw’ubukungu buciriritse, icyakora ntiyashoboye kugerwaho yose kubera impinduka zazanywe n’icyorezo cya COVID-19 cyatumye imipaka ifungwa hagamijwe kwirinda COVID-19.
Iki cyorezo cyageze mu Rwanda kuwa 14 Werurwe, cyatumye kandi imirimo myinshi mu gihugu ihagarara, abakozi bakorera mu ngo, umusaruro uragabanuka. Ba nyakabyizi bo hari n’igihe kinini bamaze batinjiza na busa, ku buryo Leta yagombye gusaba abanyarwanda, bashyira hamwe, batanga ubufasha bw’ibiribwa n’ibikoresho by’isuku kugira ngo abari bugarijwe kurusha abandi batabarwe.
Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi (MINECOFIN) mu ntangiriro za COVID19 mu Rwanda yatangaje ko icyorezo cya Koronavirusi gishobora gutuma ubukungu bw’u Rwanda buzamuka kuri 5.1% aho kuba 8% nk’uko byari byitezwe muri uyu mwaka wa 2020.
Muri raporo zakurikiyeho, Minecofin yagaragaje ko COVID-19 cyateje ibibazo by’ubukungu ku isi yose n’u Rwanda by’umwihariko.
Zimwe mu ngero MINECOFIN itanga ni urwego rw’ubukerarugendo rwahombye arenga miriyoni 10 z’amadorari ya Amerika akabakaba miriyari 9.5 z’amafaranga y’u Rwanda) mu kwezi kwa Werurwe na Mata yonyine.
Nyakanga 2020 Minisitiri w’ubucuruzi n’inganda mu Rwanda Soraya Hakuziyaremye yatangaje ko ikigo gishinzwe gutegura inama mpuzamahanga MICE cyahombye miliyari zibarirwa muri 45 z’amafaranga y’u Rwanda zagombaga kuva mu nama zari kubera mu Rwanda ariko zikaba zarahagaze kubera icyorezo cya COVID19.
MICE yateganyaga kwinjiza nibura miliyoni 88 z’amadolari y’Amerika mu mwaka wa 2020 avuye mu bikorwa by’ibirori n’inama mpuzamahanga, amafaranga yari kuza yisumbuye kuyinjijwe 2019 aho u Rwanda rwari rwinjije miliyoni 56 z’amadolari y’Amerika.
Hagati y’ukwezi kwa Werurwe na Mata 2020 u Rwanda rwahombye miliyo10 z’amadolari y’Amerika yagombaga kwinjiza atutse mu nama ariko zarasubitswe.
Sosiyete y’indege ya RwandAir na yo bigtangira yahagaritse ingendo, isigara ikoresha gusa indege z’ubucuruzi, bikaba byaragize ingaruka ku madovize yinjizwaga mu rwego rw’ubwikorezi bwo mu kirere.
Igihugu cyazahaye cyane cyane hagati ya Werurwe na Mata, ubwo Leta yafataga ingamba zo gufunga imipaka, ndetse ikabwira buri wese kuguma mu rugo mu rwego rwo gukumira ikwirakwira rya COVID-19.
N’ubwo izi ngamba zorohejwe muri Gicurasi, ibikorwa byose ntibyahise bikomorerwa mu rwego rwo kwirinda ko icyorezo gikwirakwira mu baturage.
Ubuyobozi bw’ikigo cy’igihugu cy’ibarurishamibare kigaragaza ko Mu gihembwe cya kabiri cya 2020, umusaruro mbumbe w’igihugu wari wamanutse ukava kuri Miliyari 2.175 z’amafaranga y’u Rwanda, uvuye kuri Miliyari 2.346 mu gihembwe cya kabiri cya 2019.
Nubwo ibikorwa byinshi byasubiye hasi, hari n’ibyateye imbere birimo urwego rw’itumanaho n’ikoranabuhanga rwazamutseho 33%, urwego rw’ubuvuzi rwazamutseho 5% bitewe ahanini n’ibyashowemo mu rwego rwo gukumira icyorezo cya Covid-19, naho urwego rwo gukwirakwiza amazi, isuku n’isukura rwazamutseho 1%.
Abafatanyabikorwa ba Leta, ariko, ntibarebereye ihungabana ry’ubukungu bw’u Rwanda. Muri Nyakanga 2020 U Rwanda rwakiriye miliyari 152 Frw zirimo miliyari 10.8 Frw zatanzwe n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi (EU) na miliyari 142 Frw zatanzwe na Banki y’Isi, zizifashishwa mu guteza imbere urwego rw’abikorera, guhanga imirimo no guteza imbere ubumenyi mu nzego zitandukanye.
Mu kwezi kwakurikiyeho lwa Kamena 2020 Guverinoma y’u Rwanda n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi basinye amasezerano y’inkunga ya miliyoni 52 z’amayero yo gufasha u Rwanda guhangana n’ingaruka zatewe n’icyorezo cya coronavirus.
Muri aba bose icyakora, Ikigega mpuzamahanga cy’imari ku isi IMF nicyo cyunganiye ubukungu bw’u Rwanda bwa mbere kuva COVID-19 yatangira, aho muri Mata 2020 cyemereye u Rwanda inguzanyo ya miliyoni 109 z’Amadolari ya Amerika yo gufasha igihugu guhangana n’ingaruka z’icyorezo cya coronavirus.
No mu minsi yashize, abafatanyabikorwa barakomeje, aho mu Gushyingo 2020 u Budage bwemeye guha u Rwanda inkunga ya miliyari 113,5 Frw azifashishwa mu guteza imbere ubukungu, kwegereza ubuyobozi abaturage, imiyoborere myiza, guteza imbere imyuga n’ubumenyingiro ndetse no guhangana n’imihindagurikire y’ibihe.
N’ubwo imirimo myinshi yahagaritswe mu kwirinda gukwirakwiza icyorezo cya COVID19, hari itarahagaze kubera umumaro ntayegayezwa ifitiye igihugu. Iyo ni nk’ ubucukuzi bw’amabuye, n’ubwikorezi n’inganda zikora ibiribwa n’ibikoresho by’isuku, amasoko, uburobyi n’ibindi.
Ikoranabuhanga ryarakoreshejwe cyane mu kwirinda guhanahana amafaranga. Aha kandi, Leta yumvikanye n’ibigo by’itumanaho hakurwaho amafaranga yo gukata muri ubu bucurizi ahanini bukresha terefoni.
Ubwo imirimo yari itangiye gufungurwa hari ibikorwa byahombye bituma leta ishyiraho ikigega cy’ingoboka, ibi kandi bijyana no gucungana n’imibare y’abandura hafungurwa ibikorwa birimo ingendo zihuza intara, ingendo z’indege, amahoteri, ubukerarugendo n’ibindi. Ifungurwa ry’iyi mirimo, ryatumye hongera kuboneka imirimo mishya ibihumbi 500.
Hagati aho, ikigo cy’igihugu gishinzwe imisoro n’amahoro RRA mu mwaka wa 2019/2020 cyari cyihaye intego yo gukusanya imisoro n’amahoro bingana na miliyari 1,589 ariko iza kujya munsi yaho yinjiza miliyari 1,516 na miliyoni 300 ahwanye na 95.4% kubera ingamba zo kwirinda Covid-19 zahagaritse imirimo myinshi.
Muri uyu mwaka wa 2020/2021iki kigo cyihaye intego yo kwinjiza amafaranga y’u Rwanda miliyari 1,564 na miliyoni 400 azava ku ngamba zisanzweho no gushyiraho izindi nshya zo gusoresha abatanga umusoro udahwanye n’umutungo bafite.
Mu birori ngarukamwaka byo gushimira abasora kuri uyu wa 20 Ugushyingo 2020, Komiseri Mukuru w’Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro(RRA), Bizimana Ruganintwali Pascal avuga ko abafite ubutunzi bwinshi bazashyirirwaho icyiciro cy’umusoro wihariye, kugira ngo intego yo kuzakusanya miliyari igihumbi na magana atanu na mirongo itandatu n’enye na miliyoni magana ane mu mwaka w’Ingengo y’Imari wa 2020/2021 izagerweho..
Yagize ati “Ikigo cy’imisoro n’amahoro cyakoze inyigo igamije kumenya abantu ku giti cyabo bafite ubutunzi bwinshi, ibyavuyemo bikaba bitegura politiki ku misoreshereze yihariye y’icyo cyiciro”.
Tariki ya 20 Ugushyingo 2020Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente, avuga ko izi ngamba zafashwe kugira ngo ubukungu bw’u Rwanda bwongere gusubira ku rugero rwa 8% bwahoze buzamukaho mbere ya Covid-19 bitarenze imyaka itatu iri imbere.
yagize ati “Mu mwaka wa 2021 biteganyijwe ko ubukungu bwacu bushobora kuzazamuka ku gipimo cya 5.7%, muri 2022 buzagera kuri 6%, hanyuma bugere ku 8% muri 2023 nk’uko ari ho twari tugeze mbere ya Covid-19”.
Ikigo cy’imisoro n’amahoro cyagaragaje ko imisoro y’uyu mwaka ushize wa 2019/2020 wahariwe ibikorwa byo guhangana na Covid-19 ndetse no kwita ku bantu bari mu cyiciro cy’abatishoboye.

-

