Tag: featured

  • Abarokotse Jenoside bageze mu zabukuru bifashisha Yoga mu kurwanya umuhangayiko wa COVID-19 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Imibare itangwa n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS) igaragaza ko umuntu umwe kuri batatu afite ibibazo by’uburwayi bwo mu mutwe kandi kubera ingaruka za COVID-19 zirimo guhatirwa kuguma mu rugo, kubura imirimo no kwigunga iyi mibare ishobora kwiyongera.

    Ku barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, basanzwe bifitiye ibibazo by’ibikomere bya Jenoside yakorewe Abatutsi 1994, Guma mu Rugo no Kwigunga (kutajya aho abandi bari) kubera COVID-19 byabongereye ibikomere.

    Ubushakashatsi ku buzima bwo mu mutwe bwakozwe mu Rwanda mu mwaka wa 2018 bwagaragaje ishusho y’ubwiyongere bw’indwara zitandukanye zo mu mutwe haba mu baturage rusange ndetse no mu barokotse Jenoside.

    Ubwiyongere bukomeye mu kwiheba bwari kuri 12% mu baturage rusange na 35% mu barokotse Jenoside, mu gihe ihungabana ryari kuri 3,6% mu baturage rusange na 29.7% mu barokotse Jenoside.

    Ubushakashatsi bwagaragaje ko abarokotse Jenoside bakunze kugirwaho ingaruka n’ibibazo by’ingutu bahuye na byo mu gihe cya Jenoside.

    Ibyavuye mu bushakashatsi bigaragaza ko bamwe bagifite ubwoba bukabije, abandi bakumva ko bari bonyine kabone n’ubwo baba bari kumwe n’imiryango yabo, hari ababura ibitotsi, kubabara umutwe bikabije no kurota inzozi mbi.

    Bitandukanye n’urubyiruko rwarokotse Jenoside, abarokotse bageze mu zabuku bavuga ko bagize ingaruka zikomeye ku ngamba zo kwirinda COVID-19 kubera ihagarikwa ry’ibikorwa bimwe na bimwe mu gihe urubyiruko rwahugiye kuri internet.

    Mu gukemura iki kibazo cy’ubwigunge ku barokotse Jenoside bakuze, umuryango w’urubyiruko rw’abanyeshuri barokotse Jenoside GAERG, ubinyujije mu mushinga wa Imbuto Foundation w’umufasha wa Perezida Jeannette Kagame ushyigikira abarokotse Jenoside wabahuje n’umuryango Azahar na wo uteza imbere umuco w’amahoro binyuze muri Yoga mu rwego rwo gufasha abarokotse bageze mu zabukuru gukira ibikomere.

    Ku isaha ya saa cyenda z’igicamunsi, kuwa 02 Mutarama 2012, umusaza Thomas Twizerimana w’imyaka 61 y’amavuko, umwe muri 65 barokotse Jenoside bari mu itsinda ryo gufasha abafite ihungabana binyuze muri Yoga, yicaye ategereje ko n’abandi baza mu biganiro biba kabiri mu cyumweru mu kigo cya Aheza giherereye mu Kagari ka Cyugaro, Umurenge wa Ntarama mu Karere ka Bugesera.

    Twizerimana wahoze akora mu by’ibarurishamibare waretse akazi kubera ihungabana rikabije, usa n’ufite intege nke mbere yo gutangira Yoga, asobanura ko uretse kugira indwara zidakira, kwigunga no kuba wenyine, mu gihe cyo kwirinda COVID-19 byiyongereye ku mbaraga z’umubiri nke asanganywe ndetse n’ihahamuka.

    Ati “Ntibiba byoroshye guhora urwaye no kuba wenyine kuko bituma wongera gutekereza kuri Jenoside, ni yo mpamvu nitabira Yoga kugira ngo mpure n’abandi ni yo mpamvu ntashobora kubura hano.”

    Mu minota mike, Emmanuel Manirarora, umwarimu wa Yoga, yaje kuza ahasanga Twizerimana hamwe n’abandi bakuze 14 b’abagore n’abagabo barokotse Jenoside bambaye udupfukamunwa kandi benshi muri bo bari hejuru y’imyaka 50 ariko batarengeje 80.

    Mu rwego rwo kwirinda COVID-19, iri tsinda ryicaye munsi y’igiti mu mahumbezi aturuka mu biyaga n’imigezi bikikije Akarere ka Bugesera bibashyira mu buryo bwiza bwo gukurikirana imyitozo ya Yoga.

    Mu minota 30, Manirarora ukiri muto yatangije imyitozo ya Yoga ku nsanganyamatsiko yo “Gushimira” abasobanurira ari na ko bakora imyitozo ngororamubiri. Amaboko hasi, hejuru ari na ko bahumekera hejuru.

    Ni imyitozo imara iminota 15 ariko ifite icyo ihindura ku bayitabiriye n’ubwo usanga bamwe mu basaza n’abakecuru bayinubira cyane igihe cyo kunama no kunamuka ndetse no kuzamura amaboko no kuyamanura.

    Twizerimana ati “Ku myaka yacu bisa n’aho bibabaza igihe wigorora wumva amagambo akurema avugwa n’utuyobora numva ingingo zimwe zirekuye. Numva nisanzuye kandi ubutaha sinshobora kubura.”

    Ubwo Twizerimana yabwiraga Josephine Mukarugwiza w’imyaka 58 ufite ikibazo gikomeye cy’umugongo kugerageza Yoga, yamusubije ko abageze mu zabukuru bakora Yoga ari ukubura icyo bakora cyangwa baba bariye ibiryo byinshi bagira ngo bagabanye ibiro.

    Icyakora ubu Mukarugwiza amaze kwitabira Yoga inshuro eshatu. Mukarugwiza mbere wasekaga abakora iyi siporo, ubu abona Yoga ari siporo ngororamubiri nziza ndetse kuyitabira byamuruhuye ibibazo by’ububabare bw’umugongo.

    Agira ati “Uburyo aba basore batuyobora igihe cy’isomo ni nk’ibitangaza, ubu numva ingingo zanjye zimaze kumera neza.”

    N’ubwo abakuze badashobora gutandukanya Yoga n’imyitozo ngororamubiri, Aimée Josiane Umulisa, umuhanga mu by’imitekerereze muri GAERG mu kigo cyita ku barwayi cya Aheza, yavuze ko guhurira hamwe no gusangira ubunararibonye bwabo ari urufunguzo rwo gukira haba ku mubiri n’ihungabana.

    Kubera izi nyungu, Umulisa avuga ko guhera muri Mutarama 2021, bateganya guhugura urubyiruko 200 kwigisha Yoga na bo bakazigisha abandi aho kwiyandikisha ubu bifunguye ku babishaka.

    Umulisa agira ati “Abigisha bakiri bato bazabasha gutoza abandi babe benshi bityo bagere ku baturage benshi barokotse Jenoside kugira ngo babashe gukora imyitozo yo gukiza binyuze muri Yoga.”

    source https://www.kigalitoday.com/imikino-11/ngororangingo/article/abarokotse-jenoside-bageze-mu-zabukuru-bifashisha-yoga-mu-kurwanya-umuhangayiko-wa-covid-19

  • Mu Rwanda COVID-19 yishe abantu bane, haboneka abarwayi bashya 172 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abishwe na COVID-19 ku wa Mbere ni abagabo batatu b’imyaka 82, 73 na 43 n’umugore w’imyaka 68 bitabye Imana bari i Kigali.

    Abo bantu bane bahise buzuza umubare w’abantu 105 bamaze kwicwa n’iki cyorezo kuva cyagera mu Rwanda muri Werurwe 2020.

    Minisiteri y’Ubuzima kandi yatangaje ko ku wa Mbere mu Rwanda habonetse abantu bashya 172 banduye COVID-19, naho abandi 64 mu bari barwaye bakize.

    Abo barwayi bashya 172 babonetse mu bipimo 2,251 bakaba barimo ababonetse i Kigali: 146, Rubavu: 7, Kayonza: 6, Rusizi: 3, Nyamasheke: 2, Nyamagabe: 1, Huye: 1, Muhanga: 1, Ruhango: 1, Gisagara: 1, Bugesera: 1, Musanze: 1, Kirehe: 1.

    Kugeza ku wa Mbere, mu Rwanda abari bamaze kwandura icyo cyorezo ni 8,848 muri bo abamaze gukira ni 6,816 naho abakivurwa ni 1927.

    source https://www.kigalitoday.com/ubuzima/indwara/article/mu-rwanda-covid-19-yishe-abantu-bane-haboneka-abarwayi-bashya-172

  • Ingendo zihuza uturere n’izihuza uturere n’Umujyi wa Kigali zirabujijwe (Inama y’Abaminisitiri) #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    1. Inama y’Abaminisitiri yemeje imyanzuro y’Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa 14 Ukuboza 2020.

    2. Nyuma yo kubona ko imibare y’abandura icyorezo cya COVID-19 ikomeje kwiyongera, aho icya kabiri cy’abamaze guhitanwa na cyo bapfuye mu gihe cy’ukwezi kumwe kwa 12, Inama y’Abaminisitiri yafashe ingamba zikurikira mu rwego rwo gukomeza kwirinda ko COVID-19 ikwirakwira mu Gihugu hose. Abantu barasabwa kugabanya ku buryo bushoboka impamvu zituma bahura kandi bagakora ingendo gusa mu gihe bikenewe.

    Mu rwego rwo gukomeza gukumira ikwirakwira rya COVID-19, abaturage bose barongera kwibutswa ko ari ngombwa kubahiriza amabwiriza yo kwirinda COVID-19 harimo: gusiga intera hagati y’umuntu n’undi, kwambara agapfukamunwa neza no gukaraba intoki. Abatazabyubahiriza bazafatirwa ibihano.

    Ingamba zikurikira zigomba guhita zishyirwa mu bikorwa guhera ku wa Kabiri, tariki Ira 5 Mutarama 2021, kandi zizongera kuvugururwa nyuma y’iminsi 15 hashingiwe ku isesengura ry’inzego z’ubuzima.

    a) Ingendo zirabujijwe guhera saa mbiri z’ijoro (8:00 pm) kugeza saa kumi za mu gitondo (4:00 am).

    b) Ibikorwa byose by’abikorera harimo iby’ubucuruzi, resitora, butiki, amasoko n’amaduka (malls and markets) bizajya bifunga saa kumi n’ebyiri za nimugoroba (6:00 pm).

    c) Ingendo hagati y’Uturere dutandukanye tw’Igihugu no hagati y’Uturere n’Umujyi wa Kigali zirabujijwe, kereka ku mpamvu za serivisi z’ubuzima cyangwa izindi serivisi z’ingenzi. Icyakora imodoka zitwaye ibicuruzwa zemerewe kugenda mu Turere twose, ariko ntizitware abantu barenze babiri.

    d) Ba mukerarugendo b’imbere mu Gihugu n’abavuye hanze bafite icyemezo cy’uko bipimishije COVID-19 bemerewe gukomeza ibikorwa byabo by’ubukerarugendo.

    e) Ibikorwa by’Inzego za Leta n’abikorera bizakomeza, ariko buri rwego rurasabwa gukoresha abakozi batarenze 30% by’abakozi bose, abandi bakozi bagakorera mu rugo, ariko bakagenda basimburana.

    f) Amateraniro rusange harimo imihango y’ubukwe ikorerwa mu nsengero, kwiyakira n’inama (meetings and conferences) birabujijwe.

    g) Imyitozo ngororamubiri ikorerwa mu nyubako z’imyidagaduro (gyms) no kogera muri pisine (swimming pool) birabujijwe. Icyakora, abantu bacumbitse muri hoteli bemerewe gukora izo siporo zombi kuri hoteli bacumbitsemo, ariko berekanye ko bipimishije C OVID-19 .

    h) Umubare w’abitabira ikiriyo ntugomba kurenza abantu 15 icyarimwe.

    i) Imihango yo gushyingura ntigomba kurenza abantu 30.

    3. Inama y’Abaminisitiri yemeje amasezerano hagati ya Guverinoma y’u Rwanda n’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku isi (FIFA), ayo masezerano yemerera FIFA kugira ikicaro mu Rwanda.

    4. Inama y’Abaminisitiri yemeje imishinga y’amategeko ikurikira: • Umushinga w’itegeko ryemera kwemeza burundu amasezerano y’inguzanyo hagati ya Repubulika y’u Rwanda n’Ikigega Mpuzamahanga gishinzwe Iterambere ry’Ubuhinzi, yashyiriweho umukono i Kigali mu Rwanda n’i Roma mu Butaliyani, ku wa 10 Ukuboza 2020.

    • Umushinga w’itegeko ryemera kwemeza burundu amasezerano hagati ya Repubulika y’u Rwanda n’Ikigega Mpuzamahanga gitsura Amajyambere, yerekeranye n’impano hamwe n’inguzanyo yo gushyigikira gahunda y’iterambere ry’umukozi n’iterambere rusange, yashyiriweho umukono i Kigali mu Rwanda ku wa 17 Ukuboza 2020.

    • Umushinga w’itegeko ryemera kwemeza burundu amasezerano y’inguzanyo hagati ya Repubulika y’u Rwanda na Banki y’Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi y’Ishoramari, yerekeranye n’inguzanyo yo gukwirakwiza amashanyarazi mu Rwanda, yashyiriweho umukono i Kigali mu Rwanda no muri Luxembourg ku wa 23 Ukuboza 2020.

    5. Inama y’Abaminisitiri yashyize Amb. Monique Mukaruliza ku mwanya wa Strategic Advisor muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane.

    Bikorewe i Kigali, ku wa 4 Mutarama 2021.

    Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente

    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/ingendo-zihuza-uturere-n-izihuza-uturere-n-umujyi-wa-kigali-zirabujijwe-inama-y-abaminisitiri

  • Ingendo zihuza uturere zahagaritswe, ibikorwa by’abikorera bishyirirwaho isaha yo gufunga – #rwanda #RwOT

    Iyi nama yateraniye muri Village Urugwiro ku Kacyiru yayobowe na Minisitiri w’Intebe, Dr Ngirente Edouard.

    Ibyemezo byafatiwe muri iyi nama bijyanye n’ubwiyongere bw’imibare y’abandura ndetse n’abahitanwa na Coronavirus mu Rwanda muri iki gihe.

    Kuva umurwayi wa mbere wa COVID-19 iterwa n’agakoko gashya ka Coronavirus agaragaye mu Rwanda ku wa 14 Werurwe 2020, hamaze kuboneka 8848 banduye mu bipimo 741 036, abagera ku 6816 barayikize mu gihe 1927 bakitabwaho n’abaganga naho 105 bitabye Imana.

    Nyuma yo kubona ko imibare y’abandura COVID-19 ikomeje kwiyongera aho icya kabiri cy’abamaze guhitanwa nacyo bapfuye mu gihe cy’ukwezi kumwe kwa 12, Inama y’Abaminisitiri yashyizeho ingamba zo gukumira ikwirakwira ry’iki cyorezo.

    Inama y’Abaminisitiri yanzuye ko ingendo zihuza uturere zihagarara hakemererwa kugenda imodoka zitwaye ibicuruzwa kandi ntizirenze abantu babiri zitwaye. Yanemeje ko ibikorwa by’abikorera birimo iby’ubucuruzi, resitora, butiki, amasoko n’amaduka bizajya bifunga saa Kumi n’ebyiri za nimugoroba.

    -  Ingamba zashyizweho mu kwirinda COVID-19

    a. Ingendo zirabujijwe guhera saa Mbili z’ijoro kugeza saa Kumi za mu gitondo.

    b. Ibikorwa byose by’abikorera harimo iby’ubucuruzi, resitora, butiki, amasoko n’amaduka (malls and markets) bizajya bifunga saa Kumi n’Ebyiri za nimugoroba.

    c. Ingendo hagati y’uturere dutandukanye tw’igihugu no hagati y’uturere n’Umujyi wa Kigali zirabujijwe kereka ku mpamvu za serivisi z’ubuzimz cyangwa izindi z’ingenzi. Icyakora imodoka zitwaye ibicuruzwa zemerewe kugenda mu turere twose ariko ntizitware abantu barenze babiri.

    d. Ba mukerarugendo b’imbere mu gihugu n’abavuye hanze bafite icyemezo cy’uko bipimishije COVI-19 bemerewe gukomeza ibikorwa byabo by’ubukerarugendo.

    e. Ibikorwa by’inzego za Leta n’abikorera bizakomeza ariko buri rwego rurasabwa gukoresha abakozi batarenze 30% by’abakozi bose, abandi bakozi bagakorera mu rugo ariko bakagenda basimburana.

    f. Amateraniro rusange harimo imihango y’ubukwe ikorerwa mu nsengero, kwiyakira n’inama (meetings and conferences) birabujijwe.

    g. Imyitozo ngororamubiri ikorerwa mu nyubako z’imyidagaduro (gyms) no kogera muri pisine birabujijwe. Icyakora, abantu bacumbitse muri hoteli bemerewe gukora izo siporo zombi kuri hoteli bacumbitsemo ariko berekanye ko bipimishije COVID-19.

    h. Umubare w’abitabira ikiriyo ntugomba kurenza abantu 15 icyarimwe.

    i. Imihango yo gushyingura ntigomba kurenza abantu 30.

    Izi ngamba zizatangira kubahirizwa ku wa 5 Mutarama 2021, mu gihe zizongera kuvugururwa nyuma y’iminsi 15 hashingiwe ku isesengura ry’inzego z’ubuzima.

    Abantu basabwe kugabanya ku buryo bushoboka impamvu zituma bahura kandi bagakora ingendo gusa mu gihe bikenewe. Abaturage bibukijwe ko ari ngombwa kubahiriza amabwiriza yo kwirinda COVID-19 harimo gusiga intera hagati y’umuntu n’undi, kwambara agapfukamunwa neza no gukaraba intoki.


    source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/ingendo-zihuza-uturere-zahagaritswe-ibikorwa-by-abikorera-bishyirirwaho-isaha

  • Umuyobozi w’Ingabo z’u Rwanda zoherejwe muri Centrafrique yakiriwe na Minisitiri w’Intebe Firmin Ngrébada – #rwanda #RwOT

    Minisitiri w’Intebe Firmin Ngrébada yakiriye Col Jean Paul Karangwa mu biro bye kuri uyu wa Mbere, tariki ya 4 Mutarama 2021.

    Mu butumwa yamuhaye harimo gushimira u Rwanda uburyo rwafashije iki gihugu mu kugicungira umutekano mu bihe by’amatora ya Perezida n’Abagize Inteko Ishinga Amategeko, yabaye ku wa 27 Ukuboza 2020.

    Ku wa 20 Ukuboza 2020 nibwo Ingabo zo mu Mutwe udasanzwe “Special Force” z’u Rwanda zerekeye muri Centrafrique; zoherejwe mu buryo butandukanye n’ubw’ingabo za Loni kuko zo zahawe umukoro wo kurwanya igikorwa cyashoboraga guhungabanya amatora ndetse n’umutwe uwo ariwe wose wakwibasira ingabo z’u Rwanda ziri mu Butumwa bwo kubungabunga Amahoro muri iki gihugu.

    Mu mpera z’icyumweru gishize, zagize uruhare mu guhashya umutwe w’abagizi ba nabi washakaga guhungabanya umutekano mu Majyaruguru y’Umurwa Mukuru Bangui.

    Minisitiri w’Ingabo wa Centrafrique, Marie-Noëlle Koyara, yavuze ko icyo gikorwa ari icyo kwishimira, kuko kigaragaza ko u Rwanda ari igihugu cy’inshuti cyiteguye gufasha Centrafrique gutekana.

    Minisitiri Marie-Noëlle Koyara yashimiye Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, ku bwo kumva ko ashobora kurokora ubuzima bw’abaturage ba Centrafrique, bari bagiye kwibasirwa n’imitwe yitwaje intwaro yashakaga guhungabanya amatora ubundi ikabavutsa ubuzima.

    Ati “Nk’uko mubizi, igisirikare cyacu kiracyari kwiyubaka, hanyuma mu buryo bwihuse, iki gihugu cy’inshuti [u Rwanda] binyuze mu masezerano dufitanye, cyemeye kwitanga mu gufasha bagenzi babo b’abasirikare kurinda umutekano w’ikiremwamuntu. Ntabwo nabona ikintu cy’ingenzi navuga usibye kuvuga ngo mwarakoze, gushimira Perezida wa Repubulika n’Abanyarwanda ku bw’icyo gikorwa cy’ubumuntu gikwiye kubera urugero ibindi bihugu bya Afurika.”

    Yabajijwe niba ingabo za Minusca ziri muri iki gihugu zitari zihagije mbere yo gusaba iz’ibindi bihugu birimo n’u Rwanda gutanga ubufasha, asubiza ko abasirikare bari mu butumwa bw’amahoro bari bake ugereranyije n’ubuso bw’igihugu ubwacyo.

    Ati “Murabizi Minusca ifite intumwa zirenga ibihumbi 10, igihugu gifite ubuso bwa kilometero kare ibihumbi 627, igisirikare cyacu kiracyari kwiyubaka, kandi ngira ngo uyu ni n’umwanya mwiza wo kubabwira ko ibihano byafatiwe igisirikare cya Centrafrique bitarakurwaho byose. Igisirikare kidafite ibikoresho bihagije ntigishobora kurinda mu buryo bwizewe abaturage bacyo.”

    Yatanze urugero ku gitero cyagabwe i Damara mu gitondo cyo ku wa Gatandatu, avuga ko kitari guhashywa iyo hataba ubufasha bw’Ingabo z’u Rwanda.

    Ati “Damara ni umujyi ufite igisobanuro gikomeye kuri twe, kubera ubufasha bw’Ingabo z’u Rwanda hamwe n’izindi ngabo zaduhaye ubufasha ziri hano hamwe n’Ingabo z’igihugu twabashije gusubiza inyuma umwanzi.”

    Minisitiri Koyara yavuze kubera ibibazo by’umutekano muke muri Centrafrique, basabye Minusca ko yongera ingabo, ndetse ko ashima “Imana ko Ingabo z’u Rwanda arizo zongeye koherezwa mu gutera inkunga iziri mu butumwa bw’amahoro bwa Loni”.

    Yavuze ko abarwanyi bo mu mitwe yitwaje intwaro babonye isomo, bityo ko badakwiriye gukomeza guhungabanya umutekano.

    Mu butumwa bwa Loni bwo kubungabunga amahoro muri Centrafrique, Minusca, hariyo abashinzwe umutekano 12.870 barimo abasirikare 11.650.

    Minisitiri w’Intebe wa Centrafrique, Firmin Ngrébada yakiriye mu biro bye Col Jean Paul Karangwa uyoboye Umutwe w’Ingabo zidasanzwe z’u Rwanda, amushimira umusanzu w’ingabo ayoboye mu kubungabunga umutekano muri iki gihugu

    Nyuma y’ibiganiro by’aba bombi bafashe ifoto y’urwibutso

    source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/umuyobozi-w-ingabo-z-u-rwanda-zoherejwe-muri-centrafrique-yakiriwe-na

  • Ruhango: Bane barimo Mudugudu bakurikiranyweho kwica umusore bamuziza 300 Frw – #rwanda #RwOT

    Niyongira Zabulon w’imyaka 22 yishwe ku wa 3 Mutarama 2021, nyuma yo gukubitwa.

    Abakurikiranyweho uruhare mu rupfu rwe barimo Ntakirutimana Edison w’imyaka 42 usanzwe ari Umuyobozi w’Umudugudu wa Kinama, Akagari ka Nyamagana, Umurenge wa Ruhango mu Karere ka Ruhango; Nyabyenda Philbert w’imyaka 20, Gatoya Jacques ufite imyaka 22 na Ntakirutimana Jackson, ucuruza butike.

    Amakuru IGIHE yamenye ni uko intandaro y’ubu bwicanyi ari uko Ntakirutimana Jackson na Niyongira Zabulon bagiranye amakimbirane, ashingiye ku mafaranga 300 Frw.

    Bivugwa ko Niyongira yagombaga kwishyura Ntakirutimana Jackson ariko amafaranga yari amufite aburaho 300 Frw bitera kutumvikana ndetse birangira Ntakirutimana yitabaje abandi bantu baramukubita arapfa.

    Umwe mu babonye biba yagize ati “Yahise agwa aho ngaho. Ntasanzwe ahatuye, yari yaje kuhanywera. Bamukubise bamwita igisambo, kugeza apfuye.’’

    Umuvugizi w’Urwego rushinzwe Ubugenzacyaha, Dr Murangira B. Thierry, yemereye IGIHE ko abo bagabo batawe muri yombi ndetse bari gukurikiranwa.

    Yakomeje ati “Abo bagabo bafungiye kuri sitasiyo ya Ruhango mu gihe iperereza rikiri gukorwa kugira ngo dosiye ishyikirizwe Ubushinjacyaha. Hari no gushakishwa abandi babigizemo uruhare.’’

    Dr Murangira yasabye abaturage kwitabaza inzego mu gihe bagize ibibazo bitandukanye.

    Ati “Abaturage barasabwa kwirinda urugomo cyangwa kwihanira. RIB irashishikariza abaturage kwitabaza inzego z’ibanze igihe cyose hari ubangamiwe. Abayobozi b’inzego z’ibanze na bo barasabwa gufasha abaturage igihe cyose hari ugiriwe nabi, ku buryo uwahohoteye abandi yoherezwa kuri RIB kugira ngo amategeko yubahirizwe.’’

    Yakebuye abayobozi b’inzego z’ibanze bijandika mu bikorwa rimwe na rimwe bihungabanya ituze ry’abaturage.

    Ati “Muri ino minsi hari abayobozi b’inzego bamwe na bamwe barimo abanyerondo, ba mudugudu, abanyamabanga b’utugari n’imirenge, bamaze iminsi bagaragara mu bikorwa by’urugomo byo gukubita abaturage ndetse bikabaviramo urupfu. Ibi bintu bikwiye guhagarara bigasigara mu 2020.’’

    Dr Murangira yavuze ko RIB itazihanganira umuntu wese uhutaza umuturage kuko agomba kubahwa.

    Yakomeje ati “Igihe cyose umuyobozi yahawe inshingano zo kuyobora abaturage, abe intangarugero. Abaturage na bo rero bubahe abayobozi babo, birinde ibintu byose bibaganisha mu makimbirane.’’

    Ingingo ya 140 y’itegeko riteganya ibyaha b’ibihano muri rusange, ivuga ko kwica umuntu ubishaka byitwa ubwicanyi kandi bihanishwa igifungo cya burundu.


    source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/ruhango-bane-barimo-mudugudu-bakurikiranyweho-kwica-umusore-bamuziza-300-frw

  • Kayonza: Umugore w’imyaka 22 yafashwe agiye kwiyahura kuko umugabo we yamubwiye ko ari mubi – #rwanda #RwOT

    Ibi byabaye mu ijoro ryo kuri iki cyumweru tariki ya 3 Mutarama 2021 ahagana saa Mbili z’ijoro mu Mudugudu w’Akabeza mu Kagali ka Cyarubare mu Murenge wa Kabare mu Karere ka Kayonza.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kabare, Gatanazi Longin yabwiye IGIHE ko uwo mugore afitanye amakimbirane n’umugabo we w’imyaka 24, amakimbirane ashingiye ku mitungo no gucana inyuma.

    Yavuze ko uyu mugore avuga ko umugabo we ngo akunda kumusesereza amubwira ko ari umugore mubi akanamukagisha ko azamureka akishakira abandi basa neza.

    Ati “ Ejo rero ngo yaraje avuye ahantu ku cyuma gisya akoraho aza aje kurya ibyo aba atanahashye byashatswe n’umugore, atangira kumutuka amubwira nabi ngo asigaye yaracuye anamukangisha ko agiye kwishakira undi mugore ko hanze aha hari abagore beza benshi, anamubaza icyo akora aho mu rugo amusaba kwitahira.”

    Nyuma ngo umugore yasigaye mu gahinda kenshi ku kuntu akorera urugo wenyine umugabo yanaza ntamushime ahubwo akamutuka amubwira ko ari mubi cyane ari nayo mpamvu amuca inyuma.

    Ati “ Umugore rero niko gushaka kwiyahura ku mugoroba yurira igiti amanika igitenge hejuru ashaka kwimanika, abana bari hafi aho nibwo batabaje abantu maze ingabo z’igihugu zari ziri hafi aho zicunga umutekano n’irondo ry’umwuga baba baratabaye barurira bamukura mu giti.”

    Gitifu Gatanazi yakomeje avuga ko iki kibazo batari barakigejeje ku baturanyi n’abayobozi yaba ku Isibo ndetse n’umuyobozi w’umudugudu. Yavuze ko kuri ubu babaganirije kugira ngo barebe uko bahosha ayo makimbirane.

    Ati “ Urebye intandaro umugabo nta nshingano zo guhahira urugo agira, umugore akagerageza gushakisha niwe wishyura inzu babamo akanatunga urugo rurimo n’umwana umwe babyaranye, akanongeraho guhinga noneho umugabo akanataha amubwira nabi ku kuntu ari mubi yacuye.”

    Yavuze ko kuri ubu bakibaganiriza ngo barebe niba aya makimbirane bayahosha bakongera ku bana neza bakubaka umuryango mwiza.


    source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/kayonza-umugore-w-imyaka-22-yafashwe-agiye-kwiyahura-nyuma-yuko-umugabo-we

  • Umuratwa witabiriye Miss Rwanda 2020 akomeje gukirigita ifaranga akomora mu buhinzi – #rwanda #RwOT

    Umuratwa afatanya ubuhinzi akora n’ibindi bikorwa birimo ibyo kwitabira amarushanwa y’ubwiza, aho kuri ubu ari guhatana mu irushanwa rya Miss Supranational 2021.

    Uyu mukobwa yasobanuriye 1K Show ko impamvu yatangiye ibikorwa by’ubuhinzi byari mu rwego rwo kwirinda kwandavura no gusabiriza, kuko ari ibintu adakunda gukora habe na gato.

    Yagize ati “Njye mu buzima sinkunda gusaba, yewe n’ababyeyi banjye kubasaba birangora. Nahoraga ntekerezaga ikintu nakora kigatuma mbasha kubona ibyo nshaka byose ariko mbyihaye. Nsanga nta kazi gahoraho nakora kuko ndi umunyeshuri, natekereza ibindi byo gukora nkumva ntibihura neza, rimwe rero nibwo naje kwigira inama yo kugana mu buhinzi.”

    Yongeyeho kandi ko yahisemo ubuhinzi kuko ari umwuga ugira akamaro ku bantu benshi. Ati “Nashatse gushyira imbaraga mu buhinzi kuko ni umushinga mwiza kuko atari njye ubyungukiramo gusa. Narawukunze kuko ntanga imyaka abantu bakarya, ngatanga akazi kandi nanjye ubwanjye mbyungukiramo. Ubu ndi guhinga ibishyimbo, ubushize nari nahinze ibirayi. Iyo uri guhinga ibyo bishyimbo ushobora no kongeramo utundi tuntu dushobora gufasha abantu.”

    Ezechiel Karekezi uhinga muri uyu murima, akaba ari nawe wawukodesheje Umuratwa, yavuze ko ishoramari ry’uyu mukobwa rikomeje kwaguka.

    Ati “Anitha namukodesheje ubutaka, aba ari nanjye ubuhingamo. Nabanje kubuhingamo ibirayi nk’uko yari yabinsabye, twarabisaruye twongera guhingamo ibishyimbo, ariko ansaba ko twongeramo soya kuko hari abantu nshobora kuzaha igikoma cya soya.”

    Umuratwa yasobanuye ko yongereye soya mu byo ahinga kuko hafi y’aho yakodesheje umurima hari ibigo birimo abana barwaye bwaki, akaba rero yarateganyaga kujya ayitanga muri ibyo bigo bigafasha abana bafite ikibazo cy’imirire mibi.

    Uyu mukobwa kandi yavuze ko afite inzozi zo kwagura ubuhinzi bwe mu myaka itanu iri imbere, kugeza ubwo azajya anasagurira amasoko yo hanze y’u Rwanda.

    Ati “Imyaka itanu iri imbere ntabwo yaba ari mikeya. Ni myinshi ku buryo umuntu yaba amaze kugera kuri byinshi, mfite imirima itandukanye, ndetse n’imodoka ziza zigapakira. Byonyine n’amezi atandatu maze ndabona mu mufuka bigenda neza ngaho mwibaze muri iyo myaka.”

    Yakomeje agira ati “Nzaba ndi umuntu w’icyitegererezo kuko mbifitiye gahunda yo kubyagura. Ubuhinzi ni umushinga mwiza cyane. Nzaba mfite izina ryanjye kandi nzi ko rizamenyakana mu gihugu. Nifuza no kuzajya ngemura hanze y’u Rwanda.”

    Yaboneyeho gutanga inama ku bantu bagifite imyumvire mibi ku marushanwa y’ubwiza, avuga ko ari ingenzi cyane ku bakobwa kuko abatinyura kandi akabamenyekanisha ku buryo bashobora kubibyaza andi mahirwe.

    Yitanzeho urugero, avuga ko nyuma yo kwitabira ayo marushanwa byatumye amenyekana akabona akazi, ari na ko yakuyemo amafaranga y’igishoro yashyize mu bikorwa bye by’ubuhinzi.

    Uretse ubuhinzi, Umuratwa asanzwe akora ibikorwa by’ubugiraneza kuko aherutse kwiyemeza kurihira ishuri umwana witwa Mugisha David, aho yiyemeje no kumwitaho ku buryo atazasubira mu buzima bwo mu muhanda yabagamo.

    Mugisha yagiye mu muhanda nyuma y’uko se abatanye n’umuryango we akajya gushaka undi mugore.

    Umuratwa ari gutambagira mu mirima ahingamo

    Umuratwa kandi azwi mu bikorwa by’ubugiraneza, aho yishyurira ishuri umwana yavanye ku muhanda

    Umuratwa avuga ko umushinga w’ubuhinzi ugirira akamaro abantu benshi batandukanye

    Imirima ya Umuratwa iherereye i Kayonza mu ntara y’Iburasirazuba

    Uyu mukobwa avuga ko aterwa ishema n’ibikorwa akora by’ubuhinzi

    Amashusho ya Umuratwa Anitha ari mu mirima ye


    source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/umuratwa-witabiriye-miss-rwanda-2020-akomeje-gukirigita-ifaranga-akomora-mu

  • Ruhango: Bane barimo Mudugudu bakurikiranyweho kwica umusore bamuziza 300 Frw – #rwanda #RwOT

    Niyongira Zabulon w’imyaka 22 yishwe kuwa 3 Mutarama 2021, nyuma yo gukubitwa.

    Abakurikiranyweho uruhare mu rupfu rwe barimo Ntakirutimana Edison w’imyaka 42 usanzwe ari Umuyobozi w’Umudugudu wa Kinama, Akagari ka Nyamagana, Umurenge wa Ruhango mu Karere ka Ruhango; Nyabyenda Philbert w’imyaka 20, Gatoya Jacques ufite 22 na Ntakirutimana Jackson, ucuruza butike.

    Amakuru IGIHE yamenye ni uko intandaro y’ubu bwicanyi ari uko Ntakirutimana Jackson na Niyongira Zabulon bagiranye amakimbirane, ashingiye ku mafaranga 300 Frw.

    Bivugwa ko Niyongira yagombaga kwishyura Ntakirutimana Jackson ariko amafaranga yari amufite aburaho 300 Frw bitera kutumvikana ndetse birangira Ntakirutimana yitabaje abandi bantu baramukubita arapfa.

    Umwe mu babonye biba yagize ati “Yahise agwa aho ngaho. Ntasanzwe ahatuye, yari yaje kuhanywera. Bamukubise bamwita igisambo, kugeza apfuye.’’

    Umuvugizi w’Urwego rushinzwe Ubugenzacyaha, Dr Murangira B. Thierry, yemereye IGIHE ko abo bagabo batawe muri yombi ndetse bari gukurikiranwa.

    Yakomeje ati “Abo bagabo bafungiye kuri sitasiyo ya Ruhango mu gihe iperereza rikiri gukorwa kugira ngo dosiye ishyikirizwe Ubushinjacyaha. Hari no gushakishwa abandi babigizemo uruhare.’’

    Dr Murangira yasabye abaturage kwitabaza inzego mu gihe bagize ibibazo bitandukanye.

    Ati “Abaturage barasabwa kwirinda urugomo cyangwa kwihanira. RIB irashishikariza abaturage kwitabaza inzego z’ibanze igihe cyose hari ubangamiwe. Abayobozi b’inzego z’ibanze na bo barasabwa gufasha abaturage igihe cyose hari ugiriwe nabi, ku buryo uwahohoteye abandi yohererezwa RIB kugira ngo amatora yubahirizwe.’’

    Yakebuye abayobozi b’inzego z’ibanze bijandika mu bikorwa rimwe na rimwe bihungabanya ituze ry’abaturage.

    Ati “Muri ino minsi hari abayobozi b’inzego bamwe na bamwe barimo abanyerondo, ba mudugudu, abanyamabanga b’utugari n’imirenge, bamaze iminsi bagaragara mu bikorwa by’urugomo byo gukubita abaturage ndetse bikabaviramo urupfu. Ibi bintu bikwiye guhagarara bigasigara mu 2020.’’

    Dr Murangira yavuze ko RIB itazihanganira umuntu wese uhutaza umuturage kuko agomba kubahwa.

    Yakomeje ati “Igihe cyose umuyobozi yahawe inshingano zo kuyobora abaturage, abe intangarugero. Abaturage na bo rero bubahe abayobozi babo, birinde ibintu byose bibaganisha mu makimbirane.’’

    Ingingo ya 140 y’itegeko riteganya ibyaha b’ibihano muri rusange, ivuga ko kwica umuntu ubishaka byitwa ubwicanyi kandi bihanishwa igifungo cya burundu.


    source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/ruhango-bane-bafunzwe-bakurikiranyweho-kwica-umusore-bamuziza-300-frw

  • Col Mukeshimana Fabien wari Umuyobozi muri FLN birakekwa ko yishwe n’ingabo z’u Burundi – #rwanda #RwOT

    Intandaro y’iyi mirwano ni ibikorwa bya gisirikare byatangijwe n’ingabo z’u Burundi mu ishyamba rya Kibira, bigamije guhiga bukware imitwe yitwaje intwaro ikorera ku butaka bw’icyo gihugu, iki gikorwa kikaba kimaze icyumweru cyose.

    Abarwanyi ba FLN bari bamaze kwirukanwa n’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), FARDC, mu bice bya Nakipupu, Baraka na Sange maze bahungira muri iryo shyamba rya Kibira rihana imbibi n’u Rwanda, ariko basanga ingabo z’u Burundi ziryamiye amajanja zihita zibarasaho.

    Col. Mukeshimana usanzwe ari mubyara wa Gen. Hakizimana, yari amwungirije nyuma y’uko Gen. Hakizimana yari amaze igihe agiranye amakimbirane na Col. Guado, waje no kuvanwa mu nshingano aho nawe ari kwihisha ingabo z’u Burundi ziri kumuhigisha uruhindu.

    Biravugwa ko Col. Mukeshimana yishwe mu gihe habaga kurasana bitatinze hagati ya FLN n’ingabo z’u Burundi, akaba yahise apfana n’abandi barwanyi batatu, abandi benshi bagakwira imishwaro.

    Bivugwa ko muri Kamena 2020, ingabo z’u Burundi zimaze guta muri yombi abarwanyi bagera muri 60, ndetse ngo igisirikari cy’u Burundi kirajwe ishinga cyane no gufata Gen.Hakizimana, kuri ubu bivugwa ko ari gukoresha amazina ya Lt. Gen. Alexis.

    Mukeshimana Fabien akomoka mu Karere ka Nyamasheke, mu Murenge wa Kanjongo. Uyu mugabo yinjiye mu gisirikari mu mwaka wa 1999, yinjirira mu cyahoze ari ALIR, cyaje kuba FDLR, icyo gihe akaba yarahawe ipeti rya sergeant.

    Mu mwaka wa 2000 yaje koherezwa mu ishuri rikuru rya gisirikare rya ESM rya FDLR ryari i Kamina ariko aza gutsindwa arataha.

    Ahagana mu mwaka wa 2005 yongeye guhabwa amahirwe, asubira muri ESM, avayo arangiza muri 2005. Mu mwaka wa 2015 yazamuwe mu ntera ahabwa ipeti rya Liyetona.

    Ubwo CNRD UBWIYUNGE yavukaga mu mwaka 2016, Mukeshimana yagizwe Major, agirwa Umuhuzabikorwa wa FLN mu gihugu cy’u Burundi.

    Mu mwaka wa 2019 yahawe inshingano z’ushinzwe ibikorwa bya gisirikare muri FLN, ariko ibi byose akaba yarabikeshaga kuba ari mubyara wa Gen. Hakizimana.

    Ingabo z’u Burundi zimaze iminsi zirwana n’inyeshyamba za FLN zahungiye muri iri shyamba rya Kibira

    source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/col-mukeshimana-fabien-wari-wungirije-gen-bgd-hategekimana-mu-nyeshyamba-za-fln