Tag: featured

  • Musanze: Ntibavuga rumwe ku mabwiriza yo gusiga amarangi asa ku nzu z’ubucuruzi – #rwanda #RwOT

    Mu Ukwakira 2020 nibwo Akarere ka Musanze kagiranye ibiganiro n’abikorera bigira hamwe uko hanozwa isuku aho bakorera, maze bafata umwanzuro wo gusiga amarangi inzu zose z’ubucuruzi ari mu masantere atandukanye yo muri aka Karere.

    Bidatinze aya mabwiriza yatangiye gushyirwa mu bikorwa, inzu ziri mu dusantere tw’ubucuruzi zitangira gusigwa amarangi y’ibara rimwe, igikorwa cyakozwe hagamijwe kunoza isuku, no kugaragaza umujyi wa Musanze neza nk’Akarere k’ubukerarugendo.

    Bamwe mu bacuruzi bakorera ahasabwe gusiga aya marangi, baganiriye na IGIHE bavuga ko hari aho aya mabwiriza ababangamiye cyane, kuko basabwa gusiga irangi risa nyamara hari aho bigaragara ko amarangi atarandura, ndetse ngo bakanasabwa gusiba ibirango biba ku nkuta z’amazu bakoreramo, bigaragaza ubucuruzi bakoreramo, ibintu ngo babona ko byazabagabanyiriza ababagana.

    Umwe mu babyeyi bakora umwuga w’ubudozi mu nzu iri mu isantere y’ahazwi nko ku Ngagi, yagize ati ” Nk’ ubu aha ku rukuta aho nkorera hari hashushanyije ubwoko by’ibyo ndoda, ibitenge, amakanzu n’ibindi, bamaze gusiga irangi batubujije kongera kubishushanyaho, kandi ni ibyamamaza ibyo dukora. Ubu uwahanyura atinjiye ntiyamenya ikihakorerwa, ibintu bitugabanyiriza abakiliya.”

    “Ubu uwo mutaziranye cyangwa ngo yinjiremo ntiyaguha akazi, usibye kubura uko tubigira tukubahiriza amategeko ariko bizaduhombya”

    Undi nawe ufite inzu isanzwe ari depo y’ibinyobwa yavuze ko inzu yakoreragamo yari isize irangi ry’umuhondo n’ibirango by’iki kinyobwa, ariko aho amariye gusiga iri rangi ibi birango byose atemerewe kubisubizaho, agasaba ko bakwemererwa ibi birango bakabisubizaho kuko bibafasha kwamamaza ibyo bakora.

    Ati ” Mbere aha hari hasize irangi ry’umuhondo, hariho ibirango bitandukanye bigaragaza ikinyobwa cya Skol kihacururizwa kuko ari kuri depo yayo, ariko urabona ko utamenya ikihakorerwa usibye kariya kapa k’amafuti gahari. Nta wanze isuku ariko bareke natwe dukomeze kwamamaza ibyo dukora, kuko umukobwa wabuze umuranga ahera iwabo, bitabaye ibyo abakiriya badushiraho”

    Ikibazo nk’iki kandi cyagaragajwe n’abandi bacuruzi bakorera mu isantere ya Kimonyi mu Murenge wa Kimonyi, nabo bavuga ko batanze impinduka zo kunoza isuku, ariko bifuza ko byakorwa mu buryo butababangamira cyangwa ngo bitume batakaza abakiriya babo.

    Umuyobozi w’urugaga rw’abikorera mu Karere ka Musanze Turatsinze Straton yavuze ko gusiga irangi ry’ibara rimwe atari itegeko, ahubwo icyo bareba ari isuku. Yavuze ko ibyo gusaba abacuruzi gusiba ibirango byamamaza ibyo bakora atari abizi ariko agiye kubikurikirana.

    Yagize ati ” Kuvuga ko amabwiriza asaba abacuruzi gusiga ubwoko bw’irangi ry’ibara rimwe ntabwo aribyo, icyo tureba ni uko irisizwe ku nzu ritanduye, gusa icyo kuba babasaba gusiba ibirango byamamaza ibyo bakorera muri ayo mazu, ntabwo twari tubizi tugiye kubikurikirana, ariko turimo gutekereza uko nabyo byazajya bisora kuko byamamaza, tukabikora nk’uko i Kigali bikorwa”

    Umuyobozi w’Akarere ka Musanze, Nuwumuremyi Jeannine yabwiye IGIHE ko icyo bakora nk’Akarere ari ukugenzura niba isuku yubahirizwa, ariko bigashyirwa mu bikorwa n’abikorera.

    Yagize ati “Icyo tureba ni uko amabwiriza y’isuku yubahirizwa, kandi ntabwo ireba abacuruzi gusa, ireba umuturage wese aho ari hose mu rugo, ku mubiri n’ahandi hose. Ikindi gusiga irangi n’ibara bashaka byavuye mu bushake bw’abikorera tunabashimira ko babikoze neza, ariko ahakiri ibibazo tugiye kubigenzura bigororwe cyane ko gucuruza ari ukwamamaza, tugiye kubikurikirana nabyo bikemuke”

    Biteganyijwe ko ibikorwa byo gusiga amarangi ku nzu z’ubucuruzi ari mu mujyi wa Musanze no mu nkengero zawo, bizakorwa mu masantere 25, bikazarangirana n’uku kwezi kwa Mutarama 2021, ahasigaye bikagenda bikorwa buhoro buhoro mu rwego rwo kurwanya umwanda ukunze kuvugwa muri aka Karere.

    Abacuruzi bavuga ko babangamiwe no kuba batemerewe gushushanya ibyo bakora ku nzu zabo

    Gusiga amarangi asa biri muri gahunda yo guca umwanda mu mujyi wa Musanze ukunze gukorerwamo ubukerarugendo

    source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/musanze-ntibavuga-rumwe-ku-mabwiriza-yo-gusiga-amarangi-asa-ku-nzu-z-ubucuruzi

  • Nyungwe Canopy Walkway ku isonga mu biraro bikurura ba mukerarugendo ku Isi – #rwanda #RwOT

    Urutonde rw’ibiraro byo mu kirere bisurwa n’abakerarugendo benshi rwakozwe n’Ikigo cya ‘Lonely Planet’ cyandika ibitabo biyobora ba mukerarugendo ku rwego rw’Isi.

    Mu bindi biraro bigaragara kuri uru rutonde birimo Redwoods Nightlights cyo muri Nouvelle Zélande; Arbor Day Farm Tree Adventure cyo muri Pariki ya Nebraska yo muri Amerika; Daintree Discovery Center cyo muri Australia na Treetop Walk Bavarian Forest cyo mu Budage.

    Harimo kandi Monteverde Sky Walk cyo muri Costa Rica; Tahune Airwalk cyo muri Australia; Canopy Walkway cyo mu Ishyamba rya Amazon muri Peru; Sequoia Aerial Adventure cyo mu Mujyi wa California muri Amerika, OCBC Skyway cyo muri Singapore na Tree Top Canopy Walk cyo muri Malaysia.

    Lonely Planet yakoze uru rutonde ni ikigo cyo muri Australie, cyatangiye kurukora mu mwaka wa 2019. Iki kigo gikora nk’icapiro kimaze kugurisha ibitabo birenga miliyoni 12.

    Nyungwe Canopy Walkway ni ikiraro kimenyerewe muri Pariki y’Igihugu ya Nyungwe aho kinyura muri metero 70 hejuru y’iryo shyamba, kigafasha abagisura kwirebera urusobe rw’ibinyabuzima birigaragaramo mu buryo bwihariye.

    Pariki ya Nyungwe ibarizwamo ubwoko bwinshi z’inyoni, ariko hakabamo n’inyamaswa ziba mu biti zirimo inkende n’inguge, ku buryo uwasuye iyi pariki, akagira amahirwe yo kugenda kuri iki kiraro, ahava anyuzwe n’ibyo yabonye.

    Canopy Walkway ifite metero 160 z’uburebure, aho bisaba gusa amafaranga 60$ (hafi arenga ibihumbi 58 Frw).

    Amafoto agaragaza ubwiza bw’ikiraro kiri mu Ishyamba rya Nyungwe

    Ikiraro cya Nyungwe Canopy Walkway ni cyo cya mbere gikunzwe ku rwego rw’Isi

    Iki kiraro kiri mu metero 70 uvuye ku butaka

    Iki kiraro gifite uburebure bwa metero 160

    Kugenda kuri iki kiraro bisaba arenga ibihumbi 58 Frw

    Ni ikiraro kiri ahirengeye mu ishyamba rya Nyungwe, ku buryo ukiriho ashobora kubona iri shyamba mu buryo bwagutse

    Ni ikiraro gifite umutekano uhambaye ku buryo kidashobora guteza impanuka

    Iki kiraro kizwiho gufasha abakundana kuryoherwa n’urukundo rwabo

    Ku matsinda y’abantu benshi, bashobora kujya gusura iki kiraro bakahagirira ibihe byiza

    Ibindi biraro biri ku rutonde rw’ibisurwa cyane

    Iki ni ikiraro cyo mu kirere cya Canopy Walkway mu ishyamba rya Amazon muri Peru

    Iki ni ikiraro cyo mu kirere cya Canopy Walkway mu ishyamba rya Amazon muri Peru

    Iki ni ikiraro cyo mu kirere cya Canopy Walkway mu ishyamba rya Amazon muri Peru

    Iki ni ikiraro cyo mu kirere cya Canopy Walkway mu ishyamba rya Amazon muri Peru

    Iki ni ikiraro cyo mu kirere cya Canopy Walkway mu ishyamba rya Amazon muri Peru

    Iki ni ikiraro cyo mu kirere cya Canopy Walkway mu ishyamba rya Amazon muri Peru

    Ikiraro cyo mu kirere cya OCBC Skyway muri Singapore

    Ikiraro cyo mu kirere cya OCBC Skyway muri Singapore

    Ikiraro cyo mu kirere cya OCBC Skyway muri Singapore

    Ikiraro cyo mu kirere cya OCBC Skyway muri Singapore

    source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/nyungwe-canopy-walkway-ku-isonga-mu-biraro-bikurura-ba-mukerarugendo-ku-isi

  • Ndimo ndasengera Leta Zunze Ubumwe za Amerika – Papa Francis #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    I am praying for the United States of America, shaken by the recent attack on Congress. I pray for those who lost their life. Violence is always self-destructive. I urge everyone to promote a culture of encounter and of care to construct the common good.

    — Pope Francis (@Pontifex) January 10, 2021

    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/mu-mahanga/article/ndimo-ndasengera-leta-zunze-ubumwe-za-amerika-papa-francis

  • Covid-19: Abasore n’inkumi 17 bafatiwe mu rugo i Kigali bahahinduye mu kabari – #rwanda #RwOT

    Aba basore n’inkumi bateraniye mu rugo mu ijoro ryo kuwa 9 Mutarama 2021, bavuye mu duce dutangukanye two mu mujyi wa Kigali.

    Bafashwe nyuma y’uko abaturage batanze amakuru. Abafashwe bari biteretse amacupa y’inzoga, bamwe banasinze.

    Meya w’Akarere ka Kicukiro, Umutesi Solange, yanenze uru rubyiruko avuga ko kuba rwarenze ku mabwiriza yo kwirinda C0VID-19, ari ibintu biteye isoni mu gihe hari urundi rubyiruko rwo ruri gufatanya n’ubuyobozi mu kurwanya COV-19.

    Ati “Uru rubyiruko rwarenze ku mabwiriza, ni ibintu biteye isoni ,ni ibintu bibabaje. Uko bameze, uko baraye muri izi nzoga ni ibintu bigayitse. Mu gihe dufite rubyiruko rufatanya n’abaturage n’ubuyobozi kugira ngo amabwiriza yubahirizwe, hari abandi barimo bacungana n’ubuyobozi kugira ngo barenge ku mabwiriza.”

    Umutesi yashimiye abaturage bafashije inzego z’ibanze mu gutanganga amakuru ndetse ashimangira ko bazakomeza gukurikirana abarenze ku mabwiriza yo kwirinda Coronavirus.

    Umuvugizi wa Polisi w’u Rwanda , CP Kabera John Bosco, yavuze ko Polisi itazihanganira abantu bose bakorera ibirori mu rugo.

    Ati “Ibintu byo gukorera ibirori mu rugo ni ikibazo gikomeye cyane kandi nubwo Polisi itaba iri ku rugo rw’umuturage, bamenye ko abaturage iyo baduhaye amakuru, turaza tukayakurikirana”.

    “Aba bantu nubwo baba bazi ko bikingiranye, bamenye ko hari abantu baturanye, bababonye basohoka, bazajya babivuga tubikurikirane.”

    Yasabye abantu kwirinda ingendo zitari ngombwa ndetse n’amakoraniro atemewe.

    Aba basore n’inkumi bafashwe bari mu birori, babanje kujyanwa kwipimisha COVID-19 kugira ngo bamenye uko bahagaze, nyuma bajyanwa muri stade kwigishwa ndetse nyuma bakaza gucibwa amande angana 25 000 Frw.

    Bafashwe barenze ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19

    source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/covid-19-abasore-n-inkumi-17-i-kigali-basanzwe-mu-rugo-bahahinduye-mu-kabari

  • Amavubi atsinzwe na Congo-Brazzaville mu mukino wa nyuma utegura CHAN #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Kuri iki Cyumweru kuri Stade Amahoro nibwo hasojwe irushanwa ryahuzaga u Rwanda na Congo-Brazzaville, aho mu mukino wa mbere amakipe yombi yari yanganyije ibitego 2-2.

    Mu mukino wa kabiri, ikipe ya Congo-Brazzaville itsinze Amavubi igitego 1-0, cyatsinzwe na Cervelie Ikouma Epoyo n’umutwe ku munota wa cyenda.

    Biteganyijwe ko ku wa Gatatu tariki 13/01/2020 Amavubi azahaguruka i Kigali yerekeza i Douala muri Cameroon ahazabera iyi mikino.

    Abakinnyi babanjemo:

    Congo-Brazzaville:

    Ndzila Pavelh, Ondongo Haria, Rozan Varel, Nsenda Francis, Ikouma Cervelie, Ngoma Nzadu, Mohendiki Brel, Binguila Hardy, Nkounkou Aimé, Bintsouka Archange na Obongo Prince.

    Rwanda:

    Kwizera Olivier, Mutsinzi Ange, Niyomugabo Jean Claude, Usengimana Faustin, Bayisenge Emery, Nsabimana Eric ‘Zidane’, Ruboneka Jean Bosco, Byiringiro Lague, Mico Justin, Iradukunda Jean Bertrand na Sugira Ernest.

    source https://www.kigalitoday.com/imikino-11/football/article/amavubi-atsinzwe-na-congo-brazzaville-mu-mukino-wa-nyuma-utegura-chan

  • Ibiciro mu Rwanda byazamutseho 3.7% mu Ukuboza 2020 – #rwanda #RwOT

    Ibiciro ahanini byiyongereye kubera izamuka ry’ibiciro ry’ibiribwa n’ibinyobwa bidasembuye, aho byazamutseho 4.2%, naho ibisembuye n’itabi byo bikazamukaho 6.9%, iby’amazu, amazi, amashanyarazi, gazi n’ibindi bicanwa byo bizamukaho 4.5%, mu gihe ibiciro by’ubwikorezi byo byazamutseho 3.1%.

    Iyo ugereranyije ibiciro byo mu Ukuboza 2019 ndetse na Ukuboza 2020, usanga ibiciro by’ibintu bitarimo ibiribwa n’ibikomoka ku ngufu byarazamutseho 3.6%.

    Nubwo iyo ugereranyije ibiciro byo mu Ukuboza 2019 na Ukuboza 2020 bigaragara ko byazamutse muri iyi raporo, NISR yagaragaje ko iyo hagereranyijwe ibiciro byo mu Ugushyingo 2020 n’Ukuboza 2020 basanga byaragabanutseho 0,8%. Iri gabanuka ahanini ryatewe n’ibiciro by’ibiribwa n’ibinyobwa bidasembuye byagabanutseho 2,3% n’ibiciro by’amazu, amazi, amashanyarazi, gazi n’ibindi bicanwa byagabanutseho 0,5%.

    Ibiciro mu cyaro

    Mu kwezi ku Ukuboza 2020, ibiciro mu cyaro byiyongereyeho 4,1% ugereranyije n’Ukuboza 2019.

    Bimwe mu byatumye ibiciro byiyongeraho 4,1% mu kwezi ku Ukuboza ni ibiciro by’ibiribwa n’ibinyobwa bidasembuye byazamutseho 4%, ibiciro by’ibinyobwa bisembuye n’itabi byazamutseho 4,6% n’ibiciro by’amazu, amazi, amashanyarazi, gazi n’ibindi bicanwa byazamutseho 3,6%

    Ugereranyije Ukuboza 2020) n’Ugushyingo 2020, ibiciro mu cyaro byagabanutseho 1,7%.

    Iri gabanuka ahanini ryatewe n’ibiciro by’ibiribwa n’ibinyobwa bidasembuye byagabanutseho 3,5% n’ibiciro by’amazu, amazi, amashanyarazi, gazi n’ibindi bicanwa byagabanutseho 1,1%.

    Ibiciro rusange mu Rwanda byazamutseho 3.9%

    source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/ibiciro-rusange-mu-rwanda-byazamutseho-3-9-iby-inzoga-n-itabi-mu-byazamutse

  • Ubucuruzi ntibwifashe neza kubera Guma Mu Karere ariko na none ni ngombwa – Abacuruzi b’i Huye #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Umubyeyi umwe ufite ahantu acururiza ibijyanye n’amata n’ibindi biribwa (cantine) mu mujyi i Huye, avuga ko ubusanzwe yacuruzaga litiro ijana z’amata ku munsi, ariko ubu akaba ari gucuruza litiro 40 gusa.

    Ati “Abantu baturukaga za Gisagara, Nyamagabe na Nyaruguru ni bo batuganaga, none ntibari kuza. Nari ndi kubwira abakozi ko nza kubagabanyamo kabiri, bakazajya basimburana mu minsi 15.”

    Akomeza agira ati “Urebye iyi ni Guma Mu Rugo yo kugira ngo tubashe kubona umuceri tutaburara. Na bwo Leta yagize neza, si kimwe no gufunga kuko ubona icyo kilo cy’umuceri. Ariko ntiwashyiraho ifiriti! Imana idutabare pe!”

    Umushoferi utwara taxi voiture ubundi yakoreraga ahanini mu muhanda Huye-Akanyaru, na we avuga ko ibintu bigoye kuko batari kubona abakiriya.

    Ati “Biradukomereye cyane! Urazana imodoka muri parikingi ukayicyura uko wayijyanye, kuko abadutegaga ari abajya za Nyaruguru, Nyamagabe na Gisagara. N’abagateze bajya hafi, kubera kwikanga Guma Mu Rugo ntibari kurekura amafaranga. Baremera bagatega igare cyangwa moto.”

    Uwitwa Assia utumiza ibicuruzwa i Kigali, we avuga ko ibicuruzwa biri kubageraho bihenze kandi bitinze kuko babituma abamotari, ari na bo babishyira imodoka zitwara imizigo.

    Ati “Umumotari ndamwishyura ibihumbi nka bine, imodoka na yo nyishyure nk’ibyo ngibyo, mu gihe natangaga ibihumbi bitatu cyangwa bine bikangeraho. Urumva amafaranga yo gutwara ibicuruzwa atuma duhomba ibintu bitaranatugeraho.”

    Icyakora, aba bose batekereza ko kubuzwa kugenda byari ngombwa, bityo bagasaba abantu bose kwirinda by’ukuri, kugira ngo iki cyorezo kizashire, bongere babashe gukora nka mbere.

    Assia ati “N’ubwo turi kubara ibihombo, ntidukwiye kwirengagiza ko Coronavirus iriho kandi ari indwara mbi iri no kwiyongera. Sinashimishwa no gukomeza kugenda, nkayandura. Ni byiza ko twakoresha uburyo bwose tukirinda, kuko aho gupfa none wapfa ejo.”

    Anatekereza ko abantu bose bari bakwiye gukurikiza amabwiriza yo kwirinda Coronavirus, bakareka gukomeza kuyifata nk’igihuha cya politiki, afatiye ku muntu baziranye uba muri Amerika wamubwiye ukuntu yarwaye Coronavirus akananirwa guhumeka.

    Ati “Yarambwiye ngo umuntu akunda ntiyamwifuriza kurwara Coronavirus. Ati ndwaye diyabete, ndwaye umuvuduko w’amaraso, ariko nta yanjahaje nka Coronavirus.”

    Umushoferi wa Taxi na we ati “Abantu nibareke tuyirinde, kandi buri wese arinde mugenzi we. Nta kindi cyatuma ishira, bityo tukabasha kongera gukorera amafaranga nka mbere.”

    Uyu mushoferi anavuga ko bo ingamba zo kwirinda bazitangiye bamaze kumenya inkuru y’umugabo wajyaga ubatega wazize Coronavirus muri iyi minsi, ku buryo byabakuye ku izima bakumva ko bagomba gufata ingamba zo kwirinda.

    Ati “Tumaze kumenya ko yapfuye tukabona n’amafoto yafotowe aho yari arwariye, abantu batangiye gutora umuco wo gukaraba intoki n’isabune nta kubikora kuko DASSO iri kubareba cyangwa gukaraba nta sabune.”

    source https://www.kigalitoday.com/ubukungu/ubucuruzi/article/ubucuruzi-ntibwifashe-neza-kubera-guma-mu-karere-ariko-na-none-ni-ngombwa-abacuruzi-b-i-huye

  • Ibibuto bya Avoka ni umuti ukomeye n’ubwo abantu babijugunya #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ku rubuga https://www.elle.fr/ bavuga ko byafashe igihe kinini ntawuzi ko ibibuto bya Avoka byaba bifite akamaro ku buzima bw’umuntu, nyuma biza kuvumburwa n’abahanga mu kubyaza umusaruro ibyo abantu bafata nk’ibishingwe. Nyuma yo gukora ubushakashatsi ku kibuto cya avoka, basanze cyifitemo ibyitwa ‘fibres’ na za ‘acides’ zikenerwa mu mubiri w’umuntu, kurusha ibindi biribwa.

    Ikibuto cya avoka kirinda umubiri w’umuntu kubyimbirwa, kikaba na ‘antioxydant’ irinda umuntu gusaza imburagihe. Ikibuto cya avoka kandi cyongerera umubiri ubudahangarwa, ikibuto cya avoka kandi ngo ni ingenzi mu gukumira indwara z’umutima.

    Kubera uko kuba ikibuto cya avoka gikungahaye ku byitwa ‘fibres’ gifasha cyane abantu bakunda kugira ibibazo byo kunanirwa kwituma, cyangwa se bakituma bibagoye. Ikibuto cya avoka kandi cyongerera umuntu imbaraga mu gihe yumva ananiwe.

    Ku rubuga https://www.demotivateur.fr bavuga ko 70% bya ‘acides aminés’ ziboneka muri avoka muri rusange ziba ziri mu kibuto cyayo. Ni ukuvuga ko umuntu uriye avoka isanzwe, ntarye ikibuto cyayo aba abonye 30% gusa za ‘acide aminés’ yagombye kuvana muri avoka.

    Kuri urwo rubuga kandi bavuga ko ibibuto bya avoka bifasha mu kuvura indwara zitandukanye, bikanafasha mu kwita ku buzima bw’uruhu.

    Ibibuto bya avoka byongera ubudahangarwa bw’umubiri kuko birwanya za ‘microbes’ mu mubiri, ku bantu bakunda kurwara za ‘angines’ gukoresha ibibuto bya avoka bibafasha gutandukana na zo burundu.

    Ibibuto bya avoka bifasha imvubura zo mu muhogo (thyroïde) gukora neza, kandi no ku bantu bafite ibibazo bya ‘thyroïde’, kunywa ifu y’ibibuto bya avoka mu mazi y’akazuyazi birabafasha.

    Ku bantu bafite ibibazo by’uruhu, bakwifashisha ibibuto bya avoka kuko bikungahaye cyane ku byitwa ‘collagène’,bituma uruhu rumererwa neza kandi rugahorana itoto.

    Ibibuto bya avoka kandi ngo bifasha abantu bakunze kugira ibibazo by’amara adakora neza kubera impamvu zitandukanye. Abafite ibyo bibazo ngo ntibakunda kubivuga ariko bituma bahora babangamiwe. Ibibuto bya avoka rero byabakemurira ibibazo.

    Ibibuto by’avoka bifasha abantu bifuza gutwika ibinure, bityo bikanabafasha mu kugabanya ibiro mu gihe babyifuza.

    Ibibuto bya avoka kandi ngo byigiramo ibyitwa ‘flavonol’ birinda kanseri zimwe na zimwe. Ku bantu barwara Asima, iyo bakoresheje ibibuto bya avoka ku mafunguro yabo, birabafasha bakabona impinduka nziza.

    Ibibuto bya avoka bifite akamaro gatandukanye kandi no kubitegura bikorwa mu buryo butandukanye. Gusa ku muntu wifuza kubona ibyiza byo gukoresha ibibuto bya avoka, ngo yagombye kubikoresha kanshi gashobora cyangwa se akabikoresha ku buryo buhoraho.

    Uburyo bwa mbere umuntu yateguramo ibibuto bya avoka ni ukubibiza mu mazi. Uko bikorwa, ngo ni ugufata litiro imwe ugashyiramo ikibuto kimwe cya avoka, bikabira nibura mu minota icumi. Nyuma bigaterekwa ahantu bigahora, umuntu wabiteguye akaza kubinywa. Ibyo ngo ntibiryoha mu kanwa ku buryo umuntu yakumva bimuteye ipfa, ariko ngo ujya kubinywa atekereza icyo agamije ubundi akabinywa, atitaye ku kuba byifitemo akantu gasa n’agasharire.

    Hari kandi no gutegura ibibuto bya avoka mu buryo bw’ifu. Uko bikorwa ni ukuvanaho igishishwa kiba gitwikiriye ikibuto cya avoka, nyuma umuntu agafata icyo kibuto cya avoka agasa n’ugisya cyangwa n’ugisena (râper), nyuma ibivuyemo akabikaranga. Iyo bimaze gukarangwa bigira ibara ritukura, ngo bikaba bishobora gushyirwa hejuru y’amafunguro umuntu yamaze gutegura agiye kurya.

    Ku bantu bashaka kwifashisha ibibuto bya avoka mu kuvura uruhu, bafata ibyo bibuto byakozwemo igisa n’ifu bakabivanga n’amazi make, bigasa n’igikoma gifashe cyane, nyuma bagasiga ku ruhu ahari ikibazo, bikamaraho iminota hagati y’itanu n’icumi mbere yo kubikaraba.

    Ibibuto bya avoka kandi bikoreshwa nk’umuti ku bantu barwara za rubagimpande ndetse n’abakunda kurwara umutwe cyane.

    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/utuntu-n-utundi/article/ibibuto-bya-avoka-ni-umuti-ukomeye-n-ubwo-abantu-babijugunya

  • Bitarenze tariki 15 Mutarama 2021 ibishushanyo mbonera by’imijyi itandatu yunganira Kigali bizaba byasohotse – RHA #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Igishushanyo mbonera cy
    Igishushanyo mbonera cy’Umujyi wa Huye ngo ni cyo cyatindije amakuru bikerereza utundi turere

    Ushinzwe imitunganyirize y’imijyi muri (RHA),Vincent Rwigamba, avuga ko hari ibishushanyo mbonera by’iyo mijyi byarangiye mbere, ariko indi mijyi igakererwa gutanga amakuru ngo binononsorwe ari na yo mpamvu habayeho gukererwa kubigeza kuri utwo turere. Icyakora ngo ubu byose byarakemutse.

    Avuga ko ubu uturere twose turimo imijyi yunganira Kigali twamaze gutanga amakuru ya nyuma akenewe ngo ibishushanyo mbonera by’iyo mijyi binonosorwe, Akarere ka Huye kakaba ari ko kari katinze gutanga ayo makuru ari na cyo cyadindije utundi turere kuko byari biteganyijwe ko bisohoka bitarenze Ukuboza 2020.

    Agira ati “Ntabwo twatanga igishushanyo kimwe n’iyo Akarere kaba karatanze amakuru yako yose. Biteganyijwe ko ibishushanyo mbonera bitangirwa rimwe n’iyo mpamvu hari uturere twagaragaje ko byatinze”.

    Yongeraho ati “Nka Muhanga bavuga ko twatinze kubaha igishushanyo mbonera cyabo, kandi cyararangiye. Ntibyari gukunda kuko tugomba kubitangira rimwe. Huye rero yamaze gutanga amakuru yayo ndakeka bitarenze ku wa 15 Mutarama 2021 bizaba byasohotse.”

    Mu Karere ka Muhanga hamwe mu hashyizwe umujyi wunganira Kigali bamaze igihe bategereje icyo gishushanyo mbonera kuko bagaragaza ko hari inyungu zabo zidindira kubera ko hari ibikorwa byahagaritswe birimo nk’ubwubatsi no kuvugurura inyubako mu mujyi wa Muhanga.

    Hari kandi ahagomba guhangwa imihanda mishya mu mujyi ubutaka bwabo bukaba bwari buri aho badashobora guhabwa ibya ngombwa byo kubaka kandi bakomeje kubusorera, icyakora hakaba n’ahandi hakorerwaga ibikorwa byemejwe by’agateganyo kuko byihutirwaga.

    Aho ni nko mu gice cya Gahogo na Ruvumera ahari kuvugururwa hanashyirwa imihanda mishya ya kaburimbo.

    Biteganyijwe ko ibyo bishushanyo mbonera nibimara gusohoka aribwo Inama Njyanama z’uturere zizabyemeza hakurikijwe amakuru yatanzwe n’uko RHA yitaye ku kongera amakuru yari akenewe muri ibyo bishushanyo mbonera.

    Perezida w’Inama Njyanama y’Akarere ka Muhanga, Shyaka Theobald, avuga ko igishushanyo mbonera nikimara kuboneka bizafata iminsi itanu y’akazi ngo icyemeze, noneho gishyikirizwe urwego rw’Intara y’Amajyepfo na rwo rugire icyo rubivugaho hanyuma kibone guhinduka itegeko.

    Icyakora birashoboka cyane ko ibishushanyo mbonera by’imijyi yunganira Kigali bizasuzumwa n’Inama Njyanama nshya zizatorwa mu kwezi kwa Werurwe 2021 kuko iziriho ziri kurangiza manda yazo y’imyaka itanu ishize.


    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/bitarenze-tariki-15-mutarama-2021-ibishushanyo-mbonera-by-imijyi-itandatu-yunganira-kigali-bizaba-byasohotse-rha