Tag: featured

  • Amajyaruguru: Abagore bo muri FPR Inkotanyi barakataje muri gahunda bise ‘Inzu imwe mu Murenge’ #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abagore bagize Urugaga rushamikiye ku muryango wa FPR-Inkotanyi mu Karere ka Musanze bakomeje gutaha inzu bubakiye abatishoboye hirya no hino mu mirenge 15 igize ako Karere
    Abagore bagize Urugaga rushamikiye ku muryango wa FPR-Inkotanyi mu Karere ka Musanze bakomeje gutaha inzu bubakiye abatishoboye hirya no hino mu mirenge 15 igize ako Karere

    Ni igitekerezo bagize mu mwaka wa 2019, aho bagiye bishakamo ibisubizo, batangirira ku muhigo wo kubakira utishoboye umwe mu Karere, babonye ko bishoboka, bagura umuhigo batekereza kubakira utishoboye umwe mu mirenge yo mu turere tugize Intara y’Amajyaruguru.

    Akarere ka Musanze ni ko kabimburiye utundi mu gutaha izo nzu, ahamaze gutahwa inzu eshatu mu nzu 15 zubatswe muri buri mirenge igize Akarere ka Musanze.

    Ngo kubaka izo nzu ni igikorwa cyatekerejwe mu rwego rwo gufasha abagore bagenzi babo babayeho nabi, nk’uko bivugwa na Nyiransengimana Eugenie, Umuyobozi w’urugaga rw’abagore rushamikiye ku muryango wa FPR-Inkotanyi mu Karere ka Musanze.

    Agira ati “Ni igikorwa twatangiye mu mwaka ushize, aho twatangiye twubaka inzu imwe ku rwego rw’Akarere, Urugaga rw’abagore rushamikiye ku muryango wa FPR-Inkotanyi dufatanyije na CNF n’inzego z’umuryango. Iyo nzu imwe tumaze kuyuzuza twabonye ko bishoboka cyane cyane ko twabonaga dukwiye gufasha abagore bagenzi bacu batagira aho baba, badafite uko bamerewe, noneho tubona ko bishoboka ko twakubaka inzu imwe muri buri murenge, uyu munsi dufite inzu 15 twujuje aho tumaze gutaha eshatu, ariko hafi ya zose ziruzuye na zo turazitaha”.

    Yavuze ko ari igikorwa kizatuma abagore cyangwa se umuryango Nyarwanda urushaho kugira isuku, ngo ni n’igikorwa kizazamura imitekerereze y’abubakiwe mu rwego rwo kumva ko na bo bashobora kugira uruhare rwo gufasha abandi.

    Mukeshimana Béâtrice wo mu Murenge wa Shingiro ngo yari amaze imyaka 20 arara aho bwije, kuko atagiraga inzu yo kubamo, akaba yishimiye inzu yubakiwe muri aya magambo:
    “Nari maze imyaka 20 nta nzu mfite, ntaho kuba ndara aho bwije none ndashimira aba babyeyi bagize urugaga rw’abagore bo muri FPR bambaye hafi, barantabaye banyubakira inzu nziza, bampaye aho kuryama heza ndabibashimira kandi muzanshimire na Perezida wa Repubulika kubera ko ansize heza, mukaba mumpaye n’amatara nkajya ndyama neza ndi kureba ntikandagira”.

    Arongera ati “Iyi nzu nyibonye nyikeneye, nzirinda ko yangirika, nyikorope neza nigirire isuku uko bishoboka kose, mbijeje ko nta kintu izaba”.

    Nyiranshuti Claudine wo mu Murenge wa Muhoza ati “Nari mbayeho mu buzima bubi mu nzu yari yarashaje iva, imvura yagwa njye n’abana banjye bane tugasohoka ngo itatugwaho, aba bagiraneza Imana ibahe umugisha kuba barantoranyije mu bandi bakanyubakira, iyi nzu nzayiha agaciro nyifate neza kandi n’abayinyubakiye nzabaha agaciro”.

    Nizeyimana Jean Claude ati “Inzu nabagamo yari iteye ubwoba ariko FPR-Inkotanyi iba yabibonye iratugoboka, ubu tugiye kuyisigasira tuyibonye tuyishaka”.

    Umuyobozi (Chairperson) w’umuryango wa FPR-Inkotanyi mu Karere ka Musanze, Nuwumuremyi Jeannine, yasabye abubakiwe inzu kuziha agaciro bazibungabunga.

    Ati “Murasabwa kuzifata neza, hariho ubwitange bukomeye, byababaza umuntu akwitangiye ibyo yakwitangiyeho ukabifata nk’aho ari nta kamaro cyane cyane ko bigaragara ko bifitiye abaturage akamaro gakomeye, murasabwa kuzifata neza kuzibungabunga mwirinda kuvuga ngo ni iya ba bandi, oya rwose ni inzu zanyu kandi natwe tuzababa hafi, ni igikorwa cyacu ariko uri kwisonga mu kugifata neza ni uwagihawe kugira ngo kizarambe”.

    Izo nzu ziri kubakirwa abatishoboye mu mirenge inyuranye igize uturere two mu Ntara y’Amajyaruguru, buri nzu ifite agaciro kari hejuru ya miliyoni esheshatu z’Amafaranga y’u Rwanda.


    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/amajyaruguru-abagore-bo-muri-fpr-inkotanyi-barakataje-muri-gahunda-bise-inzu-imwe-mu-murenge

  • Mu mwambaro wa Made in Rwanda, Amavubi yerekeje Cameroun muri CHAN (AMAFOTO) #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 13 ni bwo abakinnyi b’ikipe y’igihugu berekeje mu gihugu cya Cameroun mu gikombe cya Afurika gihuza abakinnyi bakina imbere mu gihugu (CHAN), mu marushanwa atagerejwe gutangira kuri uyu wa Gatandatu.

    Ikipe y’igihugu y’u Rwanda iri mu itsinda C hamwe na Uganda, Maroc na Togo, aho Amavubi azakina umukino wa mbere ku wa Mbere tariki 18 Mutarama na Uganda kuri Stade de la Réunification y’i Douala.

    Umukino wa kabiri w’Amavubi uzaba tariki 22 Mutarama ahura na Maroc nawo ukazabera kuri Stade de la Réunification , naho uwa gatatu usoza amatsinda ukazaba 26 Mutarama kuri Stade de Limbé/Buea Amavubi akina na Togo.

    Abakinnyi berekeje muri Cameroon

    Abanyezamu: Kimenyi Yves (Kiyovu Sports), Ndayishimiye Eric ‘Bakame’ (AS Kigali), Kwizera Olivier (Rayon Sports) na Rwabugiri Umar (APR FC).

    Ba myugariro: Manzi Thierry (APR FC), Mutsinzi Ange (APR FC), Rugwiro Hervé (Rayon Sports), Nsabimana Aimable (Police FC), Fitina Omborenga (APR FC), Imanishimwe Emmanuel (APR FC), Rutanga Eric (Police FC), Niyomugabo Claude (APR FC) na Usengimana Faustin (Police FC) na Bayisenge Emery (AS Kigali).

    Abakina hagati: Niyonzima Olivier ‘Seif’ (APR FC), Ngendahimana Eric (Kiyovu Sports), Twizeyimana Martin Fabrice (Police FC), Nsabimana Eric (AS Kigali), Ruboneka Jean Bosco (APR FC), Manishimwe Djabel (APR FC), Nshuti Dominique Savio (Police FC) na Kalisa Rachid (AS Kigali).

    Ba rutahizamu: Byiringiro Lague (APR FC), Sugira Ernest (Rayon Sports), Usengimana Danny (APR FC), Iradukunda Bertrand (Gasogi United), Iyabivuze Osée (Police FC), Mico Justin (Police FC), Tuyisenge Jacques (APR FC)na Hakizimana Muhadjiri (AS Kigali).

    source https://www.kigalitoday.com/imikino-11/football/article/mu-mwambaro-wa-made-in-rwanda-amavubi-yerekeje-cameroun-muri-chan-amafoto

  • Ruhango: Abantu babiri bafatiwe mu cyuho bagerageza guha umupolisi ruswa – #rwanda #RwOT

    Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, Superitedenti of Police(SP) Theobald Kanamugire yavuze ko abapolisi bari bazindukiye mu gikorwa cyo gufata umusore umwe wakekwagaho gucuruza urumogi.

    Bageze iwe basanga koko afite udupfunyika tubiri tw’urumogi bajya kumufunga, ageze kuri sitasiyo ya Polisi avuga ko ashaka ko bamutiza telefoni akabwira inshuti ze ko afunzwe. Yarayitijwe arahamagara nibwo nyuma y’amasaha make haje bariya basore babiri bashaka guha ruswa umupolisi.

    SP Kanamugire yagize ati “Ubwo yatizwaga telefoni yahamagaye bariya basore baza kuri Sitasiyo ya Polisi bitwaje amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 100 bagira ngo bayatange nka ruswa kugira ngo mugenzi wabo arekurwe. Umupolisi bari bagiye kuyaha niwe wahise abafata.”

    SP Kanamugire yavuze ko uwafatanywe urumogi amaze gufatwa umwe muri abo bafashwe barimo gutanga ruswa hari abantu yabwiye ko mugenzi wabo atagomba kuguma muri gereza kandi bafite amafaranga. Avuga ko bari bukoreshe uburyo bwose batange amafaranga arekurwe kuko yari mugenzi wabo mu bikorwa byo gucuruza ibiyobyabwenge.

    SP Kanamugire yagize ati “Biratangaje kuba hakiri bamwe mu baturage bafite imyumvire ko nibakora ibyaha bazajya gutanga ruswa bakarekurwa. Nagira ngo mbwire abaturage ko iyo myumvire atariyo ndetse iratesha agaciro inzego z’umutekano cyane cyane urwego rwa Polisi kandi nkabamenyesha ko Polisi y’u Rwanda yahagurukiye kurwanya ingeso mbi ya ruswa.”

    Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo yakomeje yibutsa abantu ko icyaha cya ruswa gihanwa mu mategeko y’u Rwanda ndetse ko ibihano byacyo biremereye. Yabasabye kwirinda ingeso mbi ya ruswa kuko imunga Igihugu mu buryo butandukanye ndetse n’ababifatiwe bagahura n’ibihombo birimo gufungwa no gucibwa amande.

    Abafashwe bose uko ari batatu bashyikirijwe Urwego rushinzwe ubugenzacyaha (RIB) rukorera muri Sitasiyo ya Polisi ya Ntongwe kugira ngo bakorerwe idosiye.

    Itegeko no 54/2018 ryo kuwa 13/08/2018 rirwanya ruswa, ingingo yaryo ya 4 ivuga ko umuntu wese usaba, utanga cyangwa wakira, mu buryo ubwo ari bwo bwose, indonke iyo ari yo yose. Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kirenze imyaka itanu (5) ariko kitarenze imyaka irindwi (7) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda yikubye inshuro kuva kuri eshatu (3) kugeza kuri eshanu (5) z’agaciro k’indonke yatse cyangwa yakiriye.


    source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/ruhango-abantu-babiri-bafatiwe-mu-cyuho-bagerageza-guha-umupolisi-ruswa

  • Ruhango: Abari banze kwambara agapfukamunwa kubera imyemerere bisubiyeho #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Mukamazimpaka avuga ko yavuye ku izima kuko yasobanukiwe ko COVID-19 yica abantu
    Mukamazimpaka avuga ko yavuye ku izima kuko yasobanukiwe ko COVID-19 yica abantu

    Imiryango 15 yo muri uwo Murenge ni yo ngo yagaragaye yemera inyigisho zibuza abantu kwambara agapfukamunwa bitwaje ko byaba ari ukwemera gushyirwaho ikimenyetso cy’inyamaswa ivugwa muri Bibiliya ko uzashyirwaho icyo kimenyetso atazajya mu Ijuru.

    Abo baturage bivugwa ko ari Abakirisitu bashingiye ku myemerere y’Abakusi biyomoye ku itorerro ry’abadivantisiti b’umunsi wa karindwi bavuga ko impamvu bangaga kwambara agapfukamunwa byatewe n’abigisha b’ibinyoma badutse iwabo bavuye i Kigali bakabumvisha ko gukurikiza amabwiriza yo kwirinda COVID-19 ari ubuyobe na bo bakabyigisha abana babo.

    Icyakora ngo hari n’abumvise izo nyigisho batangira kubyibazaho ku buryo kwisubiraho bitagoranye nyuma y’uko inzego z’ubuyobozi zibasanze zikabigisha, n’ubwo abafite ikibazo bose bataragerwaho.

    Mukamazimpaka Espérance utuye mu Mudugudu wa Bugufi mu Kagari ka Buhanda avuga ko ajya asengera mu itorerro ry’Abadivantisiti b’umunsi wa karindwi akaba yajyaga ateranira hamwe n’abandi mu rugo kuva igihe COVID-19 yadukaga insengero zifunze.

    Mukamazimpaka avuga ko muri ayo materaniro yo mu ngo ari nabwo haje umugore akabigisha ko kwambara agapfukamunwa ari icyaha kandi byanditse muri Ezekiyeli ko bibujijwe gupfuka umunwa.

    Nyamara Mukamazimpaka avuga ko we ubwe yaje kwisobanurira iby’iryo somo maze afata umwanzuro wo kureka ibyo yari yemeye bimujijisha kuko n’ubundi asanzwe azi akamaro k’agapfukamunwa nk’umuntu wabyariye kwa muganga kandi abona no mu nganda abahakora batwamabara.

    Agira ati “Njyewe ubwanjye ni jye wabyisobanuriye numva ko Imana yabwiraga Ezekiyeli kutipfuka umunwa kuko agomba kugira ibyiringiro, bitandukanye no gupfuka umunwa hari ibyago. Ibyo byatumye izo nyigisho z’ubuyobe zari zanyinjiye nzireka ariko ubwa mbere nari nazemeye”.

    Dushimimana Jean Pierre wari warayobye ku bijyanye n’inyigisho zo kwambara agapfukamunwa avuga ko yamaze kumenya ko icyorezo cya COVID-19 kiriho kandi gihitana ubuzima bwa benshi bityo ko buri wese akwiye kwirinda.

    Icyakora ngo byaramugoye kongera gusubiza abana be ku murongo kuko na bo bari baramaze kumira bunguri ibyo kutikoza agapfukamunwa no kubahiriza andi mabwiriza yo kwirinda COVID-19.

    Agira ati “Byarangoye uyu munsi nibwo umwana yemeye kuva ku izima yambara agapfukamunwa, yemera kuza ku ishuri, uwanga kwemera ko COVID-19 iriho azaba abeshya abantu, kandi mu byanditswe byera handitse ko ubuyobozi butangwa n’Imana”.

    Abana bari baramaze kwigishwa ko kwambara agapfukamunwa ari ukwemera ikimenyetso cy’inyamaswa na bo bisubiyeho

    Bamwe mu bana bari bigishijwe kwanga kwambara agapfukamunwa bavuga ko babwirwaga ko kukambara ari ukwemera ikimenyetso cy’inyamaswa benshi bakunze no kwita umubare w’inyamaswa wa 666 uvugwa muri Bibiliya mu gitabo cy’Ibyahishuwe.

    Umwe mu bana agira ati, “Nifuza kuzaba umunyamakuru ariko sinari nkiza kwiga kuko batubwiraga ko nituza kwiga tuzasabwa kwambara agapfukamunwa kandi ngo ari ikimenyetso cy’inyamaswa, ubu maze kwemera ko atari byo nagira inama abandi bana kureka ayo magambo bakaza kwiga”.

    Undi mwana na we uvuga ko yifuza kuzaba Minisitiri ariko atari akiza ku ishuri avuga ko yabwirwaga ko atagomba kwemera kwambara agapfukamunwa, kwipimisha umuriro, no gukaraba intoki kuko ari ukwemera ikimenyetso cy’inyamaswa kandi ko napfa atazajya mu Ijuru.

    Agira ati “Bambwiraga ko ninemera kwambara agapfukamunwa nzaba nemeye ikimenyetso cy’inyamaswa ariko ubu ntabwo nkibyemera kuko Uwiteka aravuga ngo twubahe abayobozi batuyobora, nagira inama abandi kumva ko COVID-19 nibahitana ari bo bazaba bizize,”.

    Umuyobozi w’Akarere ka Ruhango, Habarurema Valens, avuga ko nyuma yo kumenya ayo makuru inzego z’ubuyobozi zahagurutse ngo zifashe abaturage bari bagaragaje ko banyuranya n’amabwiriza yo kwirinda COVID-19.

    Habarurema avuga ko Umurenge wa Bweramana urimo abemera benshi bo mu itorero ry’Abadivantisiti b’umunsi wa karindwi kandi harimo n’abayobotse izo nyigisho z’ubuyobe zibangisha gahunda za Leta zigamije guteza imbere imibereho myiza y’abaturage.

    Icyakora ngo hari icyizere cy’uko ubukangurambaga bwatangijwe buzatuma iyo miryango ibarirwa muri 15 ifite iyo myumvire ihinduka kuko imwe muri yo yamaze guhinduka n’abana bakaba basubiye mu ishuri.

    Agira ati “Ibyabayeho ni inyigisho z’ubuyobe, abana bagera ku munani bavuga ko bari mu buyobe bagarutse ku mashuri, ntabwo twabarenganya kuko buriya hari uwaba waraje akabigisha nabi, bamwe mu babigizemo uruhare twatangiye kubafata kandi turizera ko hazabaho kumva neza”.

    Akarere ka Ruhango kamaze gutakaza abaturage babiri bazize COVID-19 abarenga 10 bakaba barwaye, ubuyobozi bukaba busaba ko abantu batarengera amabwiriza yashyizweho yo kwirinda icyo cyorezo kuko kuyarengaho nkana byaba ari ukongera ubwandu mu Banyarwanda.

    Imyemerere kandi na yo ngo ntikwiye gufatwa uko yigishijwe kuko ijambo ry’Imana rivuga ko abantu bakwiye kurwanya icyorezo cyose no kukirinda kandi hakabaho no kuba abagaragaweho n’icyo cyorezo bashyirwa mu kato.

    Abatuye i Gitwe ku Buhanda bazwi ku izina ry’Abakusi n’ubundi bigeze kuvugwaho kwigomeka kuri gahunda za Leta zirimo no gufata indangamuntu, kwishyura Mituweli, gukora umuganda n’izindi gahunda zigamije guteza imbere imibereho myiza ariko bagenda bigishwa bamwe barahinduka.


    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/ruhango-abari-banze-kwambara-agapfukamunwa-kubera-imyemerere-bisubiyeho

  • Umucuruzi wiyitiriye abakarani n’abakozi bo mu rugo akanyereza akayabo ka miliyari 10,4 Frw yatawe muri yombi – #rwanda #RwOT

    Uyu mugabo wavutse mu 1975 asanzwe atuye i Rwamagana mu Murenge wa Muyumbu ariko akorera ubucuruzi bw’ibitenge mu Mujyi wa Kigali. Abikura hanze y’u Rwanda nko mu Bushinwa, ubundi akabiranguza n’abandi babikeneye imbere mu gihugu.

    Amakuru agera kuri IGIHE ni uko afite ibigo bibiri by’ubucuruzi byanditse mu mazina ye kuva mu 2016 aribyo Manual Trading Ltd na Imani textile Ltd ariko hari ibindi bigera kuri bitandatu yagiye afunguza mu mazina y’abandi bantu barimo n’abakozi be bo mu rugo.

    Yakunze kuvugwa mu buriganya bw’imisoro kugeza n’aho mu mwaka ushize mu Ukwakira 2020 Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro cyafatiriye ibicuruzwa bye ku bwo kutishyura imisoro. Icyo gihe RRA yafatiriye amabaro y’ibitenge 585 byakorewe mu Bushinwa. Byavugwaga ko ibyo bitenge bifite agaciro ka miliyari 4.312 Frw.

    Amwe mu mayeri yakoreshaga mu kunyereza imisoro harimo gufunguza sosiyete nyinshi zikandikwa ku bantu batandukanye, guca ibifungo (seal) bishyirwa ku makamyo ye cyangwa kuyobya uburari ko amakamyo agiye kwambukiranya igihugu kandi mu by’ukuri bayapakururira mu Rwanda.

    Mu mwaka ushize, RRA yafatiriye amakamyo y’ibicuruzwa bya Kibyeyi byari byinjiye mu gihugu bidatanze imisoro

    Amakuru yizewe agera kuri IGIHE ni uko uyu mugabo yafunguje sosiyete esheshatu, zirimo ebyiri zanditse mu mazina y’abakarani, ebyiri zanditse mu mazina y’abakozi be babiri bo mu rugo, imwe yanditse mu y’umugore we n’iyanditse mu mazina ya nyina wabo.

    Ngo abo bakozi yabasabaga indangamuntu zabo hanyuma akajya muri RDB agafunguza ibigo mu mazina yabo, ubundi akajya yinjiza ibicuruzwa mu gihugu mu mazina yabo ariko ntabitangire imisoro kandi abo bakozi batabizi.

    Mu bucukumbuzi twakoze, twasanze nka Sosiyete yitwa Baze Company Ltd yarayifunguje mu 2019, yanditse ku mukarani wo muri Quartier Matheus. Ibereyemo Leta umwenda w’imisoro urenga miliyoni 188 Frw, amafaranga uwo mukarani atarakorera kuva yavuka.

    Nsengimana Martin w’imyaka 33 ni umukarani wakundaga gusaba akazi Kibyeyi. Guhera tariki ya 22 Ukwakira 2019 abarwa nka Rwiyemezamirimo kuko mu Rwego rw’Igihugu rw’Iterambere, RDB, amazina ye yanditse kuri Sosiyete yitwa Baze Company Ltd.

    Ati “Twari tuziranye gutyo nk’umukire, nanjye nkora akazi k’ubukarani hafi ye. Ntabwo twari tuziranye byihariye, usibye kuba ari umukire. Yarantumaga, yashobora kumpamagara ati ngwino tujyane cyangwa ukuremo akantu mu modoka.”

    Nsengimana mu mwaka ushize nibwo yamenye ko hari sosiyete imwanditseho kandi ko ibereyemo RRA imisoro. Ati “Naje kubimenya ari uko abantu bo muri Revenue baje kunshaka, ubwanjye ndya bingoye, barabinyereka mbona ko ikompanyi ari iyanjye ariko ndababwira nti ntabwo mbizi ntayo ngira.”

    Yakomeje agira ati “Ubusanzwe ku munsi hari ubwo mbona bitanu, bitatu cyangwa na bibiri cyangwa rimwe na rimwe nkatahira aho.”

    Twabajije Nsengimana uburyo indangamuntu ye yageze kuri Kibyeyi, asubiza ko hari umunsi yigeze kuyimusaba akayifotora ariko ko atigeze amubaza icyo ashaka kuyikoresha.

    Ati “Kuko ari umukire, najyaga mubwira nti boss wazampaye akazi, umunsi umwe arambwira ati wazanye indangamuntu, arambwira ati yimpe, arayifotora arangije arayimpereza, ntabwo yambwiye ikindi, naramwubashye nka boss.”

    Nyuma yo kubwirwa ko sosiyete imwanditseho, ngo yasabye RRA kumufasha ikava mu mazina ye kuko atigeze ayifunguza.

    Umuvugizi w’Umusigire wa RIB, Dr Murangira B. Thierry, yemeje itabwa muri yombi rya Kibyeyi wafashwe tariki ya 11 Mutarama 2021.

    Ati “Ubu RIB iri kubikoraho iperereza. Uregwa afungiwe kuri Station ya RIB ya Kimihurura. Akurikiranyweho ibyaha bibiri birimo icyo kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya n’icyaha cyo kwiyitirira umwirondoro.”

    Dr Murangira yakomeje avuga ko ubu iperereza rikomeje, ndetse dosiye iri gukorwa aho izashyikirizwa ubushinjacyaha mu gihe cyagenwe n’itegeko.

    Icyaha cyo kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya giteganywa n’ingingo ya 144 y’itegeko riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange. Iyo uregwa ahamijwe iki cyaha n’urukiko, afungwa hagati y’imyaka ibiri n’itatu ndetse n’amande ari hagati ya miliyoni eshatu kugera kuri eshanu z’amafaranga y’u Rwanda.

    Icyo kwiyitirira umwirondoro giteganywa n’ingingo ya 40 mu itegeko ryerekeye gukumira no guhana ibyaha bikoreshwejwe ikoranabuhanga. Iyo uregwa agihamijwe n’urukiko, igihano ni igifungo cy’imyaka itatu kugera kuri itanu n’ihazabu ya miliyoni imwe kugera kuri eshanu.

    Kibyeyi yigeze gukurikiranwaho icyaha cyo kunyereza imisoro, dosiye inashyikirizwa Ubushinjacyaha.

    RIB yatangaje ko iri gukora iperereza ku bandi bacuruzi bakora uburiganya busa nk’ubu bagamije kunyereza imisoro ya Leta, inatanga inama yo kubireka, ko abazafatwa bazakurikiranwa n’amategeko.

    Kibyeyi Valens ni umucuruzi ukomeye w’ibitenge mu Mujyi wa Kigali. Akurikiranyweho kunyereza imisoro ingana na miliyari 10,4 Frw

    source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/umucuruzi-wiyitiriye-abakarani-n-abakozi-bo-mu-rugo-akanyereza-akayabo-ka

  • Muhanga: Abahinga mu Gishanga cya Nyiramvumba batatse gutwarwa ubutaka ntibahabwe ingurane – #rwanda #RwOT

    Igishanga cya Nyiramvumba cyari cyarahinzwemo imyaka itandukanye irimo ibishyimbo, ibijumba, amateke n’ibindi.

    Mu gihe yari itarera, abaturage babonye imodoka zimennye itaka hejuru y’imyaka yose irarengerwa. Ni ho bahera bavuga ko batewe impungenge n’inzara ishobora kubibasira kuko harimo n’abadateganya kwishyurwa.

    Abaganiriye na TV1 bavuze ko abari bafite ibikorwa by’imyaka irimo imboga n’ibindi batazahabwa ingurane.

    Umwe yagize ati “Imyaka bararimbaguye, twarahahingaga tuhafite n’ibyuzi by’amafi, n’amafi byose baraje barimo gusiba ibyari ibyuzi by’amafi.”

    Itaka rimenwa muri iki gishanga rivanwa ahari gusizwa ibibanza mu cyanya cyahariwe inganda mu Karere ka Muhanga.

    Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga buvuga ko iki gishanga gisanzwe ari icya Leta, ikaba yaragihaye ba rwiyemezamirimo, aho uruganda rwitwa Ceramic Mountain Ltd ari rwo rwakiguze iki mu rwego rwo kukibyaza umusaruro.

    Umuyobozi Wungirije Ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu mu Karere ka Muhanga, Kayiranga Innocent, yatangaje ko bamwe mu baturage bazahabwa ingurane bidatinze.

    Yagize ati “Hari uruganda rwa Ceramic Mountain Ltd ruzakora amakaro ruyavanye mu ibumba rikomoka muri kiriya gishanga. Urwo ruganda rero rwahawe kiriya gishanga mu buryo bukurikije amategeko na Rwanda Mining isanzwe ifite mu nshingano ibijyanye n’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro.”

    Ati “Abaturage twari twakoranye inama na bo, abafite imyaka bagombaga kuyisarura ntibasubiremo.”

    Karangwa akomeza avuga ko uru ruganda rwahawe ubuso bungana na hegitari 50 kandi ko n’aho abo baturage bavuga harimo.

    Abaturage bari bafite ibikorwa birambye birimo ubuhinzi bw’urubingo, urutoki mu gishanga bazahabwa ingurane ndetse bijejwe ko bigeye kwihutishwa bakishyurwa vuba.

    Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga buvuga ko Igishanga cya Nyiramvumba cyahawe ba rwiyemezamirimo hakurikijwe amategeko

    source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/muhanga-abahinga-mu-gishanga-cya-nyiramvumba-batatse-gutwarwa-ubutaka

  • Nyaruguru: Polisi yafashe abantu 6 bafite ibiro 145 by’imyenda ya caguwa ya magendu #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abantu 6 bafashwe bikoreye magendu y
    Abantu 6 bafashwe bikoreye magendu y’imyenda ya caguwa

    Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, Superintendent of Police (SP) Theobald Kanamugire yavuze ko aba bantu bafashwe mu masaha y’ijoro nka saa yine bafatirwa mu Mudugudu wa Rutobwe mu Kagari ka Rutobwe.

    Yagize ati “Aba bantu imyenda bari bayikuye muri uyu Mudugudu wa Rutobwe kuko ukora ku mupaka uhuza u Rwanda n’u Burundi bikekwa ko bahuriye n’abagenzi babo bari bayikuye i Burundi bakayibahahera banyuza mu nzira zitemewe. Biracyekwa ko babifashijwemo na Niyibikora Jean Paul wari uri ku irondo ry’abaturage wavuganaga na Kayigire wari uhagarariye aba bari bikoreye imyenda kuko ngo ariwe wari wabahaye akazi, bagenda bavugana inzira banyuramo zatuma badafatwa.”

    SP Kanamugire akomeza avuga ko aba bagabo bose banaturuka mu tugari duhana imbibi n’u Burundi. Ubwo bari bikoreye iyi myenda bahise bahura n’inzego z’umutekano ziri mu kazi nk’uko bisanzwe bahita bafatirwa mu cyuho imyenda batarayigeza aho bagombaga kuyijyana.

    SP Kanamugire yagize ati “Bakimara gufatwa bavuze ko iyo myenda atari iyabo ahubwa bahawe akazi na Kayigire Callixte bari banari kumwe nawe avuga ko iyo magendu atari iye ahubwo ari iy’uwitwa Hatangimana Innocent ariko we utari uri mubafashwe, uyu ni uwo mu Kagari ka Muhambara mu Murenge wa Cyahinda Akarere ka Nyaruguru. Aba bagabo bombi n’ubusanzwe bakaba bazwiho gucuruza magendu y’imyenda ya cagaguwa.”

    Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo yibukije abantu muri rusange ko ubucuruzi bwa magendu butemewe ko ababukora uburyo bwose babukoramo n’amayeri bakoresha yose batazabura gufatwa bakabihanirwa.

    Yabibukije ko baba barimo kunyereza imisiro kandi ariyo ivamo amafaranga yubaka Igihugu mu buryo butandukanye abayinyereza bakaba baba barimo kudindiza iterambere ry’Igihugu muri rusange. Yanabibukije ko ubucuruzi bwa magendu ari icyaha gihanwa n’amategeko aho ufashwe acibwa amande akanamburwa n’ibyo afatanwe bityo bikamuteza igihombo we ubwe, umuryango we n’umuryango nyarwanda muri rusange. Yasabye abaturage kujya bihutira gutanga amakuru igihe cyose babonye abantu bari mu bikorwa bya magendu.

    Abafashwe bose bahise bajyanwa kuri Sitasiyo ya Polisi ya Nyagisozi aho bagiye gukurikiranwa n’Urwego rw’ubugenzacyaha (RIB) ruhakorera mu gihe iperereza rikomeje.

    Itegeko ry’umuryango w’Ibihugu byo mu Karere k’Iburasirazuba rinakoreshwa mu Rwanda ingingo yaryo ya 199 rivuga ko ibicuruzwa bya magendu byafashwe bitezwa cyamunara.

    Imodoka yakoreshejwe muri ubwo bucuruzi bwa magendu nayo itezwa cyamunara ndetse umushoferi wayo agacibwa amande angana n’ibihumbi bitanu by’amadorali y’Amerika (US$5000).

    Ni inkuru dukesha Polisi y’u Rwanda


    source https://www.kigalitoday.com/umutekano/imbere-mu-gihugu/article/nyaruguru-polisi-yafashe-abantu-6-bafite-ibiro-145-by-imyenda-ya-caguwa-ya-magendu

  • Ruhango: Abantu babiri bafatiwe mu cyuho bagerageza guha umupolisi ruswa #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Masengesho na Ntirushwamaboko
    Masengesho na Ntirushwamaboko

    Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, Superitedenti of Police(SP) Theobald Kanamugire yavuze ko abapolisi bari bazindukiye mu gikorwa cyo gufata Niringiyimana Claude kuko hari amakuru ko acuruza urumo. Bageze iwe basanga koko afite udupfunyika tubiri tw’urumogi bajya kumufunga, ageze kuri sitasiyo ya Polisi avuga ko ashaka ko bamutiza telefoni akabwira inshuti ze ko afunzwe. Yarayitijwe arahamagara nibwo nyuma y’amasaha macye nibwo haje bariya basore babiri bashaka guha ruswa umupolisi.

    SP Kanamugire yagize ati “Niringiyimana ubwo yatizwaga telefoni yahamagaye bariya basore(Ntirushwamaboko na Masengesho)baza kuri Sitasiyo ya Polisi bitwaje amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 100 bagira ngo bayatange nka ruswa kugira ngo mugenzi wabo arekurwe. umupolisi bari bagiye kuyaha niwe wahise abafata.”

    SP Kanamugire yavuze ko Niringiyimana amaze gufatwa umwe muri bariya bafashwe barimo gutanga ruswa hari abantu yabwiye ko mugenzi wabo atagomba kuguma muri gereza kandi bafite amafaranga. Avuga ko bari bukoreshe uburyo bwose batange amafaranga arekurwe kuko yari mugenzi wabo mu bikorwa byo gucuruza ibiyobyabwenge.

    SP Kanamugire yagize ati “Biratangaje kuba hakiri bamwe mu baturage bafite imyumvire ko nibakora ibyaha bazajya gutanga ruswa bakarekurwa. Nagira ngo mbwire abaturage ko iyo myumvire atariyo ndetse iratesha agaciro inzego z’umutekano cyane cyane urwego rwa Polisi kandi nkabamenyesha ko Polisi y’u Rwanda yahagurukiye kurwanya ingeso mbi ya ruswa.”

    Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo yakomeje yibutsa abantu ko icyaha cya ruswa gihanwa mu mategeko y’u Rwanda ndetse ko ibihano byacyo biremereye. Yabasabye kwirinda ingeso mbi ya ruswa kuko imunga Igihugu mu buryo butandukanye ndetse n’ababifatiwe bagahura n’ibihombo birimo gufungwa no gucibwa amande.

    Bariya bagabo bose uko ari batatu bashyikirijwe Urwego rushinzwe ubugenzacyaha (RIB) rukorera muri Sitasiyo ya Polisi ya Ntongwe kugira ngo bakorerwe idosiye.

    Itegeko no 54/2018 ryo kuwa 13/08/2018 rirwanya ruswa, ingingo yaryo ya 4 ivuga ko umuntu wese usaba, utanga cyangwa wakira, mu buryo ubwo ari bwo bwose, indonke iyo ari yo yose. Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kirenze imyaka itanu (5) ariko kitarenze imyaka irindwi (7) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda yikubye inshuro kuva kuri eshatu (3) kugeza kuri eshanu (5) z’agaciro k’indonke yatse cyangwa yakiriye.

    Ni inkuru dukesha Polisi y’u Rwanda


    source https://www.kigalitoday.com/umutekano/imbere-mu-gihugu/article/ruhango-abantu-babiri-bafatiwe-mu-cyuho-bagerageza-guha-umupolisi-ruswa

  • Abarimu ibihumbi 17 ni bo bahawe akazi mu bihumbi 34 bagasabye #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abarimu bahawe akazi bamenyekanye
    Abarimu bahawe akazi bamenyekanye

    Igikorwa cyo gushyira abarimu mu myanya cyari kimaze igihe ndetse kikaba cyari cyaranagoranye kuko abakoraga ibizamini batsindwaga ari benshi bityo abakenewe ntibaboneke ku gihe kandi abana baratangiye kwiga.

    Umuyobozi wungirije muri REB ushinzwe imicungire y’abarimu, Nsengiyumva Jean Damascène, avuga ko abashyizwe mu myanya bahita batangira akazi ariko ngo hari n’abandi bazongerwamo.

    Agira ati “Raporo iratwereka ko nyuma yo gushyira mu myanya abo barimu 17,000 hari abandi babura bari hafi ya 2,000. Abo na bo turabashyira mu myanya bidatize nyuma yo kubona raporo zo mu turere kandi n’abandi basigaye basabye na bo tuzagenda tubashyira mu myanya buhoro buhoro”.

    Guha akazi abandi barimu byashingiwe k’uko hubatswe ibyumba by’amashuri byinshi bishya 22,505, ibimaze kuzura bikaba bigera kuri 80%, ibitaruzura na byo ngo bikaba bigomba kuzabona abarimu babyigishamo.

    Abenshi mu bashyizwe mu myanya muri abo barimu nta kizamini bakoze, ahubwo ababishinzwe bagendeye ku manota ari ku ndangamanota zabo bityo abafite menshi aba ari bo baherwaho, gusa hari abavuga ko batahawe imyanya bari bayikwiye ntibasobanukirwe.

    Sakindi Joël wo muri Gasabo ati “Bigenda gute kugira ngo umuntu ntahabwe umwanya kandi abo arusha amanota bawuhawe! Nkanjye nari nasabye muri Gasabo ariko sinahabwa akazi kandi hari uwo ndusha amanota twize bimwe wasabye umwanya nk’uwo nasabye wagahawe”.

    Uwo kimwe n’abandi babajije icyo kibazo, basubijwe ko ibyo biterwa n’uko imyanya itangwa hakurikijwe abasabye muri buri karere, nk’uko Nsengiyumva abisobanura.

    Ati “Abashaka imyanya basabiye mu turere kandi iyo dutanga imyanya duhera aho umukandida yasabiye. Iyo akarere gafite inyanya myinshi iruta abakandida bagasabiyemo bose babona akazi, bivuze ko mu karere gafite abakandida benshi n’imyanya mike ufite amanota menshi ashobora gusigara mu gihe mu karere gafite imyanya myinshi ku bakandida bake usanga ufite amanota make yahawe umwanya”.

    Ibwiriza ngo rivuga ko iyo hari abarimu batabonye imyanya mu karere basabiyemo bashobora kuyihabwa mu turere twegereranye n’utwo basabiyemo, ariko ngo hagaherwa ku bafite amanota menshi mu batabonye imyanya ku nshuro ya mbere.

    Gusohora urutonde rw’abarimu bahawe akazi bije nyuma y’aho mu cyumweru gishize Minisiteri y’Uburezi itangarije ko icyiciro cya gatatu cy’abana bagizwe n’incuke n’abo kuva mu mwaka wa mbere kugeza mu wa gatatu w’amashuri abanza, bazatangira kwiga ku wa mbere tariki 18 Mutarama 2021.

    Ibyo gushyira abarimu mu myanya byatangarijwe mu kiganiro abayobozi muri REB bagiriye kuri RBA kuri uyu wa Kabiri tariki 12 Mutarama 2021.


    source https://www.kigalitoday.com/uburezi/amashuri/article/abarimu-ibihumbi-17-ni-bo-bahawe-akazi-mu-bihumbi-34-bagasabye