Tag: featured

  • Abarwariye Coronavirus mu ngo barenga ku mabwiriza baburiwe – #rwanda #RwOT

    Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima, RBC, cyatangije gahunda yo kuvurira abarwaye Coronavirus mu ngo zabo hifashishijwe ikoranabuhanga, ndetse magingo aya abarwayi 2 800 bari kwitabwaho hifashishijwe ubu buryo.

    Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera, yabwiye Radio Rwanda ko igihe umuntu yasanzwemo Coronavirus agasabwa kuvurirwa iwabo ariko akarenga akajya mu ruhame kandi abizi ko arwaye, aba akoze icyaha gihanirwa n’amategeko aho kuba amakosa asanzwe.

    Yagize ati “Ubundi byatangiye ari uko umuntu atinya Coronavirus akavuga ati ‘nayirwaye, reka ngume aha ndebe ko nanakira’. Urumva rero mu gihe wamaze gutinyuka ku buryo wayitera n’abandi. Turagira ngo tubihanangirize babyumve, niba usanganywe Coronavirus ntujye mu bitaro, Urwego rubishinzwe rukakubwira ko ugomba kujya iwawe ukaharwarira cyangwa se ukahaguma, ntabwo ugomba kuharenga.”

    Yakomeje agira ati “Turagira ngo rero tuvuge ko nta mpamvu y’uko wafatwa nk’aho washatse gutera abandi Coronavirus kugeza ubwo amategeko azagukurikirana. Urumva noneho biba byabaye icyaha ntabwo ari amakosa asanzwe cyangwa amakosa y’amande asanzwe.”

    Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima (RBC), Dr Sabin Nsanzimana, yavuze ko hari abarwariye mu ngo usanga bahirahira bakajya hanze kandi babizi ko barwaye, avuga n’ubwo umuntu yaba yumva atarembye ariko kujya mu bandi bishobora kubakururira ibyago byo kwandura Coronavirus bishobora no kubahitana.

    Yagize ati “Abantu nk’abo barahari ariko si benshi. Izo ngero twatangiye kuzibona ndetse turakorana na Polisi, abo bigaragayeho hari amategeko abahana, ariko twe nk’abantu bareba iby’ubuzima, twifuza ko umuntu wumva arwaye asabwa kuguma mu rugo. N’ubwo nta bimenyetso ashobora kugaragaza, ashobora kwanduza abantu benshi.’

    Akomeza agira ati “Niba twamumenye nagume mu rugo, si umwanya wo kuduca inyuma asa nk’aho ari twe yihisha; abaganga cyangwa polisi.”

    Yongeye kwibutsa abantu ko mu gihe umuntu agize uruhare mu gukwirakwiza icyorezo cya Coronavirus, aba ari kugira uruhare mu burwayi bw’abandi bashobora no kuzitaba Imana.

    Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP Kabera Jean Bosco, yaburiye abarwariye Coronavirus mu rugo barenga ku mabwiriza yo kuyirinda

    source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/polisi-yaburiye-abarwariye-coronavirus-mu-rugo-barenga-ku-mabwiriza-yo-kwirinda

  • Ibyo wamenya ku makipe azahatana n’u Rwanda muri CHAN mu itsinda C #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Guhera kuri uyu wa Gatandatu mu mijyi ndetse n’ibibuga bitandukanye muri Cameroun, harabera igikombe cya Afurika gihuza abakinnyi bakina imbere mu gihugu “CHAN”, igikombe cyagombaga kuba umwaka ushize wa 2020 ariko gisubikwa na COVID-19.

    U Rwanda ruherereye mu itsinda rya gatatu “C”, aho ruzaba ruhatana na Maroc yegukanye igikombe giheruka mu mwaka wa 2018, ikipe y’igihugu ya Uganda itozwa na Johnathan McKinstry wirukanwe mu Mavubi, ndetse na Togo izaba ikina aya marushanwa bwa mbere.

    Aya makipe ahagaze ate mbere yo gutangira irushanwa?

    Uganda

    Uganda ni imwe mu makipe yageze mbere mu gihugu cya Cameroun, aho yari igiye gukina irushanwa ryahuje ibihugu bitatu ari byo Cameroun, Niger ndetse na Zambia ndetse iza no kuryegukana.

    Mu mukino wa mbere ikipe ya Uganda yanganyije na Cameroun igitego 1-1 n’ubwi yari yahawe ikarita itukura ku munota wa 12 gusa, iza gutsinda Chipolopolo ya Zambia ibitego 2-0, ndetse inatsinda Niger ibitego 3-0.

    Mu nshuro enye Uganda yitabiriye CHAN, nta na rimwe yari yarenga amatsinda, gusa umutoza Johnathan McKinstry uyitoza, aheruka gutangaza ko ahafi azabagera aria ho yagejeje Amavubi 2016 (Muri ¼ cy’irangiza)

    Uganda yakinnye imikino ya gicuti irimo uwo yanganyije na Cameroun

    Uganda yakinnye imikino ya gicuti irimo uwo yanganyije na Cameroun

    Johnathan McKinstry wahoze atoza Amavubi azaba acakirana nayo ku mukino wa mbere

    Johnathan McKinstry wahoze atoza Amavubi azaba acakirana nayo ku mukino wa mbere

    Abakinnyi 25 Uganda izifashisha na numero bazambara

    Abanyezamu: Lukwago Charles (KCCA FC, 1), Mutakubwa Joel (Kyetume FC, 18), Alionzi Legason Nafian (URA FC, 19), Ikara Tom (Police C, 20)

    Ba myugariro: Hassan Muhamud (Police FC, 2), Kayondo Abdu Aziizi (Vipers SC, 3), Mujuzi Musitafa (Kyetume FC, 4), Ssenjobe Eric (Police FC, 5), Iguma Denis (KCCA FC, 12), Willa Paul (Vipers SC, 15), Lwaliwa Halid (Vipers SC, 21), Mbowa Paul Patrick (URA FC, 24)

    Abakina hagati: Mawejje Tonny (Police FC, 6), Kagimu Shafik Kuchi (URA FC, 8), Anukani Bright (KCCA FC, 14), Kyeyune Saidi (URA FC, 16), Byaruhanga Bobosi (Vipers SC, 22), Watambala Abdu Karim (Vipers SC, 25)

    Ba rutahizamu: Ojera Joackiam (URA FC, 7), Brian Aheebwa (KCCA FC, 9), Ocen Ben (Police FC, 10), Ssekajugo (Wakiso Giants FC, 11), Orit Ibrahim (Vipers SC, 13), Jagason Muhammad Shaban (Vipers SC, 17), Karisa Milton (Vipers SC, 23)

    Maroc

    Iyi kipe y’igihugu ya Maroc ni yo ihabwa amahirwe cyane muri iri tsinda, ni nyuma y’ahao yanabashije kwegukana irushanwa riheruka ryabereye iwabo mu mwaka wa 2018, ikaba umukino wa mbere izawukina tariki 18/01 na Togo.

    Iyi kipe yaraye ikinnye umukino wa gicuti na Guinea, umukino warangiye ikipe y’igihugu ya Maroc itsinze Guinea igitego 1-0, mu gihe undi mukino wa mbere bari bakinnye Maroc nawo yari yawutsinze ibitego 2-1.

    Togo

    Iyi kipe y’igihugu ya Togo kugeza ubu imaze gukina umukino umwe yahuyemo na Benin ku wa Gatandatu tariki 09/01/2021, urangira Togo iwutinze ku gitego 1-0 cyatsinzwe CHABI Bio mu munota wa 14.

    Togo yakinnye umukino wa gicuti na Benin
    Togo yakinnye umukino wa gicuti na Benin

    Aya makipe yombi yongeye guhura kuri uyu wa Kabiri tariki 12/01/2020, umukino urangira aya makipe yombi anganya ubusa ku busa. Iyi kipe y’igihugu ya Togo kandi ni ubwa mbere igiye kwitabira imikino ya nyuma ya CHAN
    U Rwanda (Amavubi)

    Ikipe y’igihugu y’u Rwanda “Amavubi” yamaze kugera I Douala muri Cameroun, aho igiye imaze gukina imikino ibiri ya gicuti na Congo-Brazzaville, aho uwa mbere amakipe yombi yanganyije ibitego 2-2, naho uwa kabiri Amavubi atsindwa igitego 1-0.

    Amavubi nta mukino n'umwe yatsinze muri ibiri yakinnye na Congo-Brazzaville

    Amavubi nta mukino n’umwe yatsinze muri ibiri yakinnye na Congo-Brazzaville

    Kuva Amavubi yatangira gukina CHAN, ahantu kure yageze ni muri ¼ muri 2016 mu gikombe cyaberaga mu Rwanda, mu gihe izindi nshuro zose itigeze irenga imikino y’amatsinda.

    Gahunda y’imikino mu itsinda C

    Umunsi wa mbere tariki 18/01/2021

    18:00 Morocco ? – ? Togo
    21:00 Rwanda ? – ? Uganda

    Umunsi wa kabiri tariki 22/01/2021

    18:00 Morocco ? – ? Rwanda
    21:00 Uganda ? – ? Togo

    Umunsi wa gatatu tariki 26/01/2021

    21:00 Togo ? – ? Rwanda
    21:00 Uganda ? – ? Morocco

    source https://www.kigalitoday.com/imikino-11/football/article/ibyo-wamenya-ku-makipe-azahatana-n-u-rwanda-muri-chan-mu-itsinda-c

  • Kirehe FC yasabwe kwishyura abakinnyi bitarenze tariki 20 Mutarama 2021 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abahoze bakinira Kirehe FC bashimishijwe n
    Abahoze bakinira Kirehe FC bashimishijwe n’icyemezo cya Guverineri Mufulukye Fred

    Ikibazo cy’abakinnyi n’abatoza bakoreye ikipe ya Kirehe FC kimaze iminsi cyumvikana mu itangazamakuru mu Rwanda. Abakinnyi n’abandi bakoze barishyuza iyi kipe Miliyoni 16 z’amafaranga y’u Rwanda.

    Nyuma yo kwandikirwa n’abari abakozi bayo ikabihakana, ikababwira ko itabazi ko nta maseserano bigeze bagirana, Kirehe FC yatumijwe na FERWAFA kugira ngo icyemure ikibazo ariko ntiyagikemura.

    Kigali Today yifuje kumenya niba ibaruwa aba bakinnyi bandikiye Guverineri yaramugezeho iganira na Munyeshyaka Gilbert bakunda kwita Lukaku ayemerera ko Guverineri yategetse Kirehe FC kubishyura mu gihe gito. Yagize ati “Amaze kubona ibaruwa namwoherereje kuri email, Guverineri yatumijeho Umuvunyi w’Intara, Umuyobozi wa Kirehe FC ndetse na Division manager w’Akarere ka Kirehe ndetse nanjye uhagarariye abandi. Umwanzuro wavuyemo muri icyo kiganiro cyabaye mu buryo bw’ikoranabuhanga, ni uko ubuyobozi bwa Kirehe FC bwemeye ko bitarenze tariki 20 Mutarama 2021 bugomba kuba bwamaze gukemura ikibazo cyacu.”

    Nyuma y’igihe kitari gito aba bakinnyi basiragira, ubuyobozi bwa Kirehe FC bwatangiye kubasaba ibimenyetso bigaragaza ko bari abakinnyi bayo. Nk’uko ubahagarariye yakomeje abivuga, ati “Twatangiye gukusanya ibimenyetso bigaragaza ko twari abakinnyi ba Kirehe FC, bigaragazwa n’amasezerano y’akazi ndetse n’ibindi bitandukanye kandi turashima Guverineri Mufulukye Fred ukomeje gukurikirana ikibazo cyacu.”

    Kirehe FC yamanutse mu cyiciro cya Kabiri mu mwaka wa 2019 aho abakinnyi n’abatoza bayitozaga yanze kubishyura igahakana ivuga ko itabazi.


    source https://www.kigalitoday.com/imikino-11/football/article/kirehe-fc-yasabwe-kwishyura-abakinnyi-bitarenze-tariki-20-mutarama-2021

  • Abanyarwanda batuye muri Canada bamaganye Radiyo iherutse gutambutsa ikiganiro gipfobya Jenoside – #rwanda #RwOT

    Ni ikiganiro cyakozwe kuri uyu wa 7 Mutarama, aho cyagarutse ku gitabo Judi Rever yanditse cyitwa ‘In Praise of Blood’ akagisohora mu mwaka wa 2018.

    Muri icyo gitabo, Rever ashinja ingabo zahoze ari iza RPF-Inkotanyi guhanura indege yari itwaye Perezida Habyarimana ku wa 6 Mata 1994, akanavuga ko ari yo yabaye imbarutso ya Jenoside yakorewe Abatutsi, ibintu bihabanye n’ibyagaragajwe n’inzobere zitandukanye.

    Umuryango w’Abanyarwanda baba muri Canada wanenze ubuyobozi bw’iyi radio, bavuga ko nta bunyamwuga umunyamakuru Bureau yakoresheje kuko yasigirije igitabo cya Rever mu kiganiro, aho kugisesengura yifashishije ibihamya bifatika.

    Nko ku ngingo y’uko indege ya Habyarimana, Bureau ntiyigeze abaza Rever aho yakuye amakuru y’uko yahanuwe na FPR , kuko avuguruza Raporo zakozwe n’Abafaransa ndetse na Komisiyo ya Mutsinzi, zemeje ko igisasu cyahanuye indege ya Habyarimana cyaturutse mu Kigo cya gisirikari cya Kanombe, kandi icyo gihe kikaba cyari kikiri mu maboko y’ingabo za Leta ya Habyarimana.

    Indi ngingo uyu muryango uvuga ko igaragaza uburyo iki kiganiro cyari kibogamye, ni iyagarutse ku ntandaro ya Jenoside, aho Rever avuga ko yabaye ihanurwa ry’indege ya Habyarimana.

    Uyu muryango uvuga ko ibi bitandukanye n’ukuri kuko Jenoside yateguwe igihe kinini mbere y’ishyirwa mu bikorwa ryayo. Bavuze ko muri iki kiganiro, Rever atigeze na rimwe agaruka ku bikorwa byo kwibasira Abatutsi byakozwe kuva mu myaka ya 1960, bigakomeza kugeza ubwo FPR Inkotanyi ifashe icyemezo cyo kurangiza ibyo bibazo byose binyuze mu ntambara, kuko Leta ya Habyarimana itigeze igira ubushake bwo kurangiza ibyo bibazo mu mahoro.

    Bagize bati ‘’mu mugambo make, Bureau yirengagije akarengane kakorewe Abatutsi bari batuye mu Rwanda, aho bafatwaga nk’abanyamahanga, bakorewe n’intagondwa z’Abahutu mu myaka ya za 1960. Nta hantu na hamwe Bureau na Rever bigeze bagaragaza ubwicanyi bwakorewe Abatutsi bo mu Rwanda mu bihe bya politiki mbi yaje no kuganisha kuri Jenoside yo 1994”.

    Uyu muryango kandi wagaragaje ko imvugo y’uko mu Rwanda habaye Jenoside ebyiri nta shingiro ifite kuko nyuma yo kubohora igihugu, FPR yashyize imbaraga mu “kunga Abanyarwanda no guca amacakubiri ayo ari yo yose”.

    Ibi bigaragazwa n’uko mu 1996, FPR yagize uruhare mu kwakira mu gihugu impunzi hafi miliyoni zari zigizwe ahanini n’Abahutu, kandi bagera mu Rwanda bagahabwa uburenganzira bwose nk’abanyagihugu.

    Bagize bati “FPR yakomeje kwigaragaza nk’ishyaka ribanisha Abanyarwanda bose binyuze mu kwamagana amacakubiri yose. Urugendo rwayo rwo kongera kubaka igihugu no kugiteza imbere rwashingiye ku bumwe n’ubwiyunge bw’Abanyarwanda. Gukomeza kurebera Umuryango Nyarwanda mu ndererwamo y’amoko bitesha agaciro imbaraga zakoreshejwe mu kubaka ubumwe bw’Abanyarwanda”.

    Mu minsi ishize, abagize Umuryango w’Ababyeyi n’inshuti z’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi baba muri Canada, PAGE-RWANDA, bandikiye ubuyobozi bwa Radio Canada babusaba gusiba no gusaba imbabazi kuri icyo kiganiro.

    Aba bibajije impamvu Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda ari yo yonyine igarukwaho mu kuyipfobya, bati ‘Muzi ko hari ibintu bitandukanye bivugwa kuri Jenoside yakorewe Abayahudi cyangwa se ku bitero bya tariki 11 Nzeri 2001, ese mwatinyuka guha rugari umuntu ubihakana ngo azane imvuga ‘itandukanye n’ihari’? […] Turahamya ko bitashoboka”.

    Judi Rever yamenyekanye cyane kubera ibitekerezo n’inyandiko ze zisebya ubuyobozi bw’u Rwanda ndetse agahakana na Jenoside yakorewe Abatutsi, yahitanye ubuzima bw’inzirakarengane zisaga miliyoni imwe mu mezi atatu gusa.

    Judi Rever amaze igihe mu murongo w’abahakana bakanapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi. Igitabo cye kigisohoka cyamaganiwe kure n’Abanyarwanda bazi ukuri mpamo kw’ibyabaye, bagaragaza ko kigamije kugoreka amateka igihugu cyanyuzemo no gukingira ikibaba abakoze amahano.

    Judi yagiye akora uko ashoboye ngo abone umwanya ahantu hatandukanye haba mu biganiro mu binyamakuru, mu nama n’ahandi ariko Abanyarwanda bazi ukuri kw’amateka bakamwamagana.

    Judi Rever azwiho guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi

    Umunyamakuru Stéphane Bureau yatumiye Judi Rever mu kiganiro, ntiyanatanga umwanya ku bandi bazi ukuri kw’amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi

    Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 yahitanye abarenga miliyoni mu mezi atatu gusa

    source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/abanyarwanda-batuye-muri-canada-bamaganye-radio-canada-iherutse-kunyuzaho

  • Mu mwambaro wa Made in Rwanda, Amavubi yerekeje muri Cameroun muri CHAN (AMAFOTO) #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 13 ni bwo abakinnyi b’ikipe y’igihugu berekeje mu gihugu cya Cameroun mu gikombe cya Afurika gihuza abakinnyi bakina imbere mu gihugu (CHAN), mu marushanwa atagerejwe gutangira kuri uyu wa Gatandatu.

    Ikipe y’igihugu y’u Rwanda iri mu itsinda C hamwe na Uganda, Maroc na Togo, aho Amavubi azakina umukino wa mbere ku wa Mbere tariki 18 Mutarama na Uganda kuri Stade de la Réunification y’i Douala.

    Umukino wa kabiri w’Amavubi uzaba tariki 22 Mutarama ahura na Maroc nawo ukazabera kuri Stade de la Réunification , naho uwa gatatu usoza amatsinda ukazaba 26 Mutarama kuri Stade de Limbé/Buea Amavubi akina na Togo.

    Abakinnyi berekeje muri Cameroon

    Abanyezamu: Kimenyi Yves (Kiyovu Sports), Ndayishimiye Eric ‘Bakame’ (AS Kigali), Kwizera Olivier (Rayon Sports) na Rwabugiri Umar (APR FC).

    Ba myugariro: Manzi Thierry (APR FC), Mutsinzi Ange (APR FC), Rugwiro Hervé (Rayon Sports), Nsabimana Aimable (Police FC), Fitina Omborenga (APR FC), Imanishimwe Emmanuel (APR FC), Rutanga Eric (Police FC), Niyomugabo Claude (APR FC) na Usengimana Faustin (Police FC) na Bayisenge Emery (AS Kigali).

    Abakina hagati: Niyonzima Olivier ‘Seif’ (APR FC), Ngendahimana Eric (Kiyovu Sports), Twizeyimana Martin Fabrice (Police FC), Nsabimana Eric (AS Kigali), Ruboneka Jean Bosco (APR FC), Manishimwe Djabel (APR FC), Nshuti Dominique Savio (Police FC) na Kalisa Rachid (AS Kigali).

    Ba rutahizamu: Byiringiro Lague (APR FC), Sugira Ernest (Rayon Sports), Usengimana Danny (APR FC), Iradukunda Bertrand (Gasogi United), Iyabivuze Osée (Police FC), Mico Justin (Police FC), Tuyisenge Jacques (APR FC)na Hakizimana Muhadjiri (AS Kigali).

    source https://www.kigalitoday.com/imikino-11/football/Mu-mwambaro-wa-Made-in-Rwanda-Amavubi-yerekeje-muri-Cameroun-muri-CHAN-AMAFOTO

  • Menya uburyo wakorera isuku imbwa yawe #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Si ukuyoza rimwe na rimwe gusa mu gihe ubonye umwanya, mu gihe wiyemeje gutunga imbwa wakagombye kuyitaho uko bikwiye. Hano hari bimwe mu byo ugomba gukurikiza, nk’uko twabikusanyije twifashishije imbuga za Internet zitandukanye.

    Kuyuhagira

    Ku bantu batunze imbwa usanga batumvikana ku nshuro bagomba kuzoza, ariko abahanga mu kuvura inyamanswa bavuga ko ari byiza ko imbwa yoga nibura rimwe mu mezi atatu. Impamvu yo kuyoza rimwe mu mezi atatu ngo ni uko iyo bibaye kenshi uruhu rwazo rufuruta kandi n’ubwoya bwayo bukaba bwapfuka. Ariko ku mbwa ziba mu ngo zikunda kwiyanduza cyane, zo ngo kuzoza bigomba kuba kenshi bitewe n’uko yiyanduje.

    Kuyikorera isuku y’amenyo


    Iyo imbwa idasukuye mu kanwa ishobora kurwara ishinya mu gihe itavuwe bikaba byayiviramo uburwayi. Ni yo mpamvu abaganga bazo bagira inama abazitunze kuzoza amenyo buri munsi.

    Gusukura aho irara

    Aho imbwa zirara hakunze kuba ubwoya bwazo, umwanda n’udusimba duto duto. Kuhoza buri munsi byaba ibyo iraramo n’aho irara ni ingenzi kuko bifasha imbwa kugira isuku yayo n’abo ibana na bo.

    Koza ibyo iriramo

    Hari aho usanga imbwa zirira ku masahani asa nabi kandi ibyo zirya byazitera ibibazo nk’uko byaba ku muntu. Abaganga bazo bavuga ko iyo imbwa iri kurya no kunywa amazi isiga amacandwe ku byo iriramo akaba ashobora kuzitera indwara cyangwa agatera indwara abakina na zo mu gihe ibyo iriramo bitogejwe neza. Bisaba kubyoza buri nyuma y’uko ibikoresheje.

    Gukaraba intoki igihe umaze gukora ku mbwa

    Mu gihe umaze koza imbwa yawe, gukina na yo, kuyigaburira no kuyikorera amasuku, ni byiza guhita ukaraba intoki mbere yo kwikoraho cyangwa gukora ku kindi kintu. Ibi bigabanya ibyago byo kuba wakwandura indwara ziva ku nyamanswa.

    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/utuntu-n-utundi/article/menya-uburyo-wakorera-isuku-imbwa-yawe

  • Kuva mu gikoni kugera ku irasaniro: Abagore ku ruhembe rw’ababereye maso umutekano muri Centrafrique (Amafoto na Video) – #rwanda #RwOT

    Njye byaranshimishije kubona icyubahiro abasirikare b’abagabo bahaye umugore, byerekana ko umugore ari umuntu wubashywe ufite ubushobozi kandi wakora akazi kamwe nk’ak’abagabo.

    Tukiri aho, bahamagaranye ku cyombo mu mvugo za gisirikare ntabashije gufata mu mutwe, hanyuma tubona abasirikare bihuse burira imodoka. Uwari uri ku mbunda yo hejuru yari umukobwa, iyo muganira nta magambo menshi avuga nyine nk’abandi basirikare, ariko icyankoze ku mutima ni uburyo yadusobanuriye uko bakoresha imbunda ya Machine Gun nini iba iri ku modoka, n’uburyo abasirikare baba bari kumwe bamugirira icyizere kuko aba ariwe bitezeho amakiriro mu guhashya umwanzi bwa mbere.

    Ni ibintu byerekana ko abanyarwandakazi batinyutse, ntibagiharirwa imirimo yo mu rugo no mu gikoni! Kuri ubu bari mu mutima w’iterambere ndetse ntibahezwa n’aho rukomeye kuko batanga umusanzu mu bikorwa bikomeye nk’ibyo kubungabunga amahoro.

    Mu mateka y’u Rwanda havugwa inkuru ya Ndabaga wagiye ku rugamba agatabarira igihugu, ndetse yabaye ikimenywabose kubera ubwo buhangange bwe yagaragaje.

    Kuri ubu abakobwa n’abagore na bo basigaye bajya ku rugamba, bagatabara igihugu aho rukomeye.

    Usibye ibikorwa bagaragaramo, banatanga umusanzu mu kubungabunga umutekano ndetse ntibasiba kujya gutanga umusanzu wabo mu butumwa bwo kugarura amahoro hirya no hino ku Isi.

    Iyo ugeze mu nkambi bacumbitsemo ubasanga mu mirimo itandukanye kuva ku yo mu gikoni, gukanika imodoka za Loni zagize ikibazo, gukora mu biro, gucunga umutekano w’abaturage kugera ku kurashisha imbunda za rutura zifashishwa aho rukomeye.

    Nubwo baboneka mu mirimo itandukanye, abakobwa n’abagore bari mu Ngabo z’u Rwanda zibungabunga amahoro muri Centrafrique ni abarashi bakomeye, bahora biteguye gutera no gutsinsura umwanzi mu gihe hari igikomye gishaka kubangamira umudendezo w’umuturage bashinzwe kurinda.

    Iyo usuye ikigo Ingabo z’u Rwanda zibarizwamo, ubasanga mu biro aho urugamba rutegurirwa kugera kuri ba bandi bitabazwa aho rukomeye, bamwe barashisha imbunda z’imizindaro zishwiragiza umwanzi, agatatana.

    Umuyobozi ushinzwe Ibijyanye n’Uburinganire mu Ngabo z’u Rwanda ziri mu Butumwa bwo Kubungabunga Amahoro muri Centrafrique (Rwanbatt 7), Lieutenant Anette Ngarambe, yavuze ko mu gisirikare habamo akazi kenshi nko guteka, kujya ku rugamba n’ibindi kandi ko buri wese agomba kubigiramo uruhare.

    Yagize ati “Ntacyo basaza bacu bazi tutazi. Baba barakoze imyitozo ku buryo bajya ku rugamba bakarwana. Iyo hagize igikoma, abakobwa bari mu Ngabo z’u Rwanda kimwe na basaza babo bahabwa amabwiriza amwe mbere yo kwerekeza ku irasaniro cyangwa mu bindi bikorwa bitandukanye.’’

    Caporal Uwimana Betty ashimangira ko imyumvire yo kuvuga ko abakobwa badashoboye ari iya kera.

    Ati “Mu gisirikare ibyo twarabisize, njye na bagenzi banjye b’abasore dukorana turashoboye. Icyo umusore akora nanjye ndagikora.’’

    Umuyobozi ushinzwe Uburinganire mu Ngabo z’u Rwanda ziri muri Centrafrique, Lieutenant Anette Ngarambe, yavuze ko umugore afite ubushobozi n’imbaraga zo kubungabunga amahoro

    -  Guhera mu gikoni baba bari maso

    Staff Sergeant Emmanuel Rurangirwa, ukuriye Igikoni avuga ko we n’abo bakorana bahora biteguye ko igihe cyose bakwitabazwa.

    Ati “Tuba twiteguye isaha yose, tumenya kwirinda no kurwana. Uburinganire burubahirizwa ahantu hose. Tuba dufitemo abakobwa n’abahungu mu gikoni.’’

    Mu bo IGIHE yasanze mu gikoni harimo na Pte Mushimiyimana Grace wagaragaje ko ahora ari maso mu gihe yakenerwa ku rugamba.

    Ati “Mu Gisirikare cy’u Rwanda bahitamo ko umuntu akora imirimo yose. Iyo urusasu ruvuze, mpita nitegura nkajya ku rugamba. Mbanza kuba umusirikare mbere yo kuba umukobwa, aho bibaye ngombwa ndatabara.’’

    Lieutenant Anette Ngarambe yavuze ko kuba umukobwa ateka, akajya mu igaraje ari igihamya ko ‘ashoboye.’

    Ati “N’ubu bavuze ngo mwitegure nk’uri mu gikoni yahita ahagurukana ibyo kurya bye, akabiherekesha abagiye ku rugamba, agafata imbunda akajya kurwana.’’

    Inshingano z’ingabo ntizirangirira mu gutegura amafunguro no kuyagabura kuko abagore n’abakobwa basangwa no mu biro ahategurirwa urugamba.

    Caporal Sugira Divine avuga ko nubwo abenshi batekereza ko igisirikare gikorerwa hanze hari n’izindi nshingano zikorerwa mu biro.

    Ati “No mu biro igisirikare kirahakorerwa cyane kandi ni akazi gakomeye. Sibyo gusa kuko mbasha no kujya ku rugamba nkarwana, iby’imbunda ndabizi. Nicara hano ariko iyo bibaye ngombwa njya hanze mu kazi gatandukanye, kenshi tujya gukora imyitozo yo kurasa kugira ngo tutazabyibagirwa. Ntacyo umuhungu yakora ntakora cyane ko naje guharanira amahoro.’’

    Pte Mushimiyimana Grace twamusanze uwo munsi yakoze mu gikoni ariko yiteguye ko hagize igikoma yahita yegura imbunda akajya ku rugamba

    Mu gisirikare imwe mu maturufu ahesha ingabo gutsinda urugamba ni ukunoza uburyo bwo guhana amakuru mu buryo bwihuse.

    Pte Nyirabarera Clémentine ukora mu Ishami rishinzwe Itumanaho mu Ngabo z’u Rwanda ziri muri Centrafrique avuga ko bakurikirana buri kimwe cyose kijyanye n’amakuru avugwa muri bagenzi babo.

    Ati “Muri iki kigo ni ho urugamba rutangirira. Abagiye hanze y’ikigo hari radio dukoresha ngo tubamenye. No mu Rwanda dukoresha radio kandi bakatwitaba, tukaba twabasaba ubufasha mu gihe biri ngombwa.’’

    Mugenzi we bakorana Pte Uwayisenga Josée yavuze ko muri icyo cyumba baba bakurikirana uko urugamba ruhagaze.

    Ati “Amateka yo mu gihe cy’Abami, twari tuzi ko abakobwa n’abagore batajya ku rugamba, kera n’uwabikoze ni uwitwa Ndabaga, byabaye umugani bigaragara ko akoze ikintu kidasanzwe. Nyuma y’igihe cy’abami, kuri iyi leta byagaragaye ko n’abagore n’abakobwa dushoboye, twisanze dushobora kubikora tukabishobora. Twese ni yo mpamvu twinjiye muri iyi serivisi, aka kazi dukora, ntiwajya ku rugamba udafite uburyo bwo guhana amakuru.’’

    “Tuba dukurikirana uko urugamba rumeze. Tuba dufite ibikoresho byose by’abasirikare kandi dufite ubumenyi n’imbaraga zo gukora ku buryo bibaye ngombwa natwe twahita tugenda.’’

    -  Umugore ku mbunda ya rutura yifashishwa mu guhashya umwanzi

    Muri Centrafrique hari ingabo zidahumbya, zihora ziri maso ziteguye gutabara aho rukomeye. Mu gihe izindi ngabo zibanza guhabwa amabwiriza yo kugenderaho, izi ngabo zo zihita zijya ku rugamba rugikubita nibura bitarenze iminota 15.

    Muri izi ngabo zikora zisimburana harimo n’umugore, urashisha imbunda nini, ifatwa nk’iy’umusada. Ni imbunda iri ku modoka ishobora kurasa umuntu uri kure ndetse iba icungiwe umutekano n’abandi basirikare.

    Ni imbunda izwi nka “12,7 mm Machine Gun MG-U”, ni imwe iba irasa kure cyane aho umwanzi ari, ku buryo umuntu uyikoresha aba ari ahirengeye, we areba ko nk’umwanzi ari gusatira ubundi akamuvunira umuheto. Aba afite inshingano zo kureba kure mu gihe hari nk’umwanzi ugiye kwivugana umusirikare mugenzi we agatabara. Ni imbunda ikoreshwa n’umuntu uba ufitiwe icyizere kuko aba afite mu nshingano ubuzima bwa bagenzi be.

    Pte Nyirabahire Jeannine urashisha iyi mbunda avuga ko ari ishema rikomeye kuri we kuba ashobora kuyikoresha.

    Ati “Iyi mbunda yakundaga gukoreshwa n’abasirikare b’abagabo, ariko ubu ni ishema ku musirikare w’umukobwa kuba nyikoresha, kandi nkaba nyizi neza. Ntabwo natenguha bagenzi banjye ku rugamba kandi natabara igihugu byaba ngombwa nkacyitangira.’’

    Yavuze ko nubwo hari abavuga ko igitsina gore kigira intege nke ariko iyo ‘watinyutse ukinjira mu gisirikare uba utewe ishema no gukorera igihugu’.

    Ati “Mu rugo abana barishimye kuko na bo bakeneye gukura bafite uwo bafatiraho icyitegererezo.’’

    Umuhate w’ingabo z’u Rwanda nturangirira mu kurashisha imbunda zikomeye kuko unagera ku gukanika imodoka zitwara ingabo z’Umuryango w’Abibumbye.

    Karikonyine Betty umaze amezi 10 akanika imodoka nini avuga ko “Abahungu n’abakobwa turashoboye, dufite imbaraga zo gukora.’’

    Pte Nyirabahire Jeannine arashisha imbunda nini, aba agaragiwe n’abandi basirikare

    -  Abatuye muri Centrafrique banyuzwe no kwegerezwa amazi meza

    Ingabo z’u Rwanda ziganjemo abakobwa n’abagore zitanga umusanzu mu kugeza amazi meza ku baturage no kubafasha gukora uturima tw’igikoni mu kubarinda kurwaza bwaki.

    Umuyobozi wa Site SEGA I ahavomwa amazi atangwa na Loni, Kosile de Brice, yavuze ko mbere byari ingorabahizi kubona amazi meza.

    Yagize ati “Haciyeho iminsi u Rwanda ruduha amazi yo kunywa, byaradufashije cyane. Kubona amazi biragoye, ku buryo bishobora no kumara umwaka utarabona ayo kunywa. Ni ingenzi kandi aya amazi adufasha mu bikorwa byose.’’

    Umunyeshuri w’imyaka 19 witwa Naomi yavuze ko yashimishijwe no kuba Ingabo z’u Rwanda zarabegereje amazi.

    Ati “Byaranshimishije cyane kuko aho twari tubakeneye dushaka amazi yo kunywa baradufashije. Ndabashimira cyane. Mbere kubona amazi byari bigoye cyane.’’

    Muri Centrafrique, u Rwanda rufite ingabo zirimo abakobwa n’abagore 38 bakora mu mirimo itandukanye ariko bagahuriza ku ntego imwe yo kurinda abasivili.

    Mu ngabo zishinzwe gutanga umusanzu aho bibaye ngombwa, harimo ab’igitsinagore benshi

    Abakobwa nibo barinda abagore bombi ba Perezida wa Centrafrique

    Mu bikorwa byo gufasha abaturage, usanga ab’igitsinagore biganje cyane

    Ni ababyeyi! Ahenshi usanga abasirikare b’u Rwanda b’igitsinagore basanganirwa n’abana iyo habayeho igikorwa cyo gutanga amazi mu bice bitayafite

    Ku kigo Ingabo z’u Rwanda zibamo kiri ahitwa M’Poko, usanga abagore n’abagabo bafatanya mu mirimo y’uburinzi

    Ingabo z’u Rwanda zishimirwa uruhare rwazo mu bikorwa byo kugarura amahoro muri Centrafrique

    Karikonyine Betty umaze amezi 10 akanika imodoka nini zikoreshwa n’ingabo za Loni

    Mu kazi ko gukanika imodoka, abakobwa bakorana na basaza babo

    Karikonyine Betty avuga ko abahungu n’abakobwa bafite imbaraga zo gukora no gutanga umusanzu mu kubungabunga umutekano

    Abagore n’abakobwa bari ku ruhembe rw’abacunga umutekano muri Centrafrique

    Staff Sergeant Emmanuel Rurangirwa ni we ukuriye Igikoni

    Mu gikoni ahategurirwa amafunguro y’ingabo habamo abasore n’abakobwa bafatanya

    Pte Nyirabarera Clémentine ukora mu Ishami rishinzwe Itumanaho

    Pte Uwayisenga Josée akora mu cyumba bakurikiranamo uko urugamba ruhagaze no gufasha abaruriho guhana amakuru

    Umuyobozi wa Site SEGA I ahavomwa amazi atangwa na Loni, Kosile de Brice, yavuze ko mbere byari ingorabahizi kubona amazi meza

    Naomi w’imyaka 19 yavuze ko yashimishijwe no kuba ingabo z’u Rwanda zarabegereje amazi meza

    source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/kuva-mu-gikoni-kugera-ku-irasaniro-abagore-ku-ruhembe-rw-ababereye-maso

  • Impinduka zidasanzwe zaranze gahunda ya VUP imaze gukubirwa ingengo y’imari inshuro 65 – #rwanda #RwOT

    Nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, u Rwanda rwashyizeho gahunda zihariye zo kwishakamo ibisubizo hagamijwe iterambere ry’imibereho myiza no gushyira hamwe kw’Abanyarwanda muri rusange, byabaye inkingi mwikorezi y’ibyo u Rwanda rumaze kugeraho.

    Muri izo gahunda harimo na VUP yatangijwe mu 2008, ifite inkingi eshatu z’ingenzi zirimo igamije kuvana abaturage mu bukene, igizwe na gahunda y’inkunga y’ingoboka (Direct Support), aho abaturage batishoboye cyane cyane ababarizwa mu cyiciro cya mbere cy’ubudehe bahabwa amafaranga abafasha kubaho.

    Hari indi nkingi yo gutanga imirimo rusange ku baturage bakennye ariko bashoboye gukora (Public Works), nyuma abaturage bagahembwa amafaranga abafasha kwibeshaho.

    Inkingi ya gatatu yari iyo gutera inkunga imishinga mito (Financial Services), aho abaturage bakora imishinga mito, bagahabwa inguzanyo zo kuyishyira mu bikorwa, nyuma bakagenda bayishyura.

    Ubwo iyi gahunda yatangizwaga mu mwaka wa 2008-2009, yatangiriye ku bagenerwabikorwa 18.304 bo mu mirenge 30 [Ni ukuvuga Umurenge umwe muri buri Karere], yari ikennye kurusha indi. Icyo gihe Leta yakoresheje ingengo y’imari ingana na miliyari 1,5Frw, mu nkingi zayo zose.

    Mu mwaka wa 2009-2010 gahunda ya VUP mu nkingi zayo eshatu yageze ku baturage 124.437 bo mu mirenge 60, hakoreshwa ingengo y’imari ingana na miliyari 14,8 z’amafaranga y’u Rwanda.

    Uko imyaka igenda ishira abagenerwabikorwa b’iyi gahunda bagenda biyongera nko mu mwaka w’ingengo y’imari wa 2019/20, Imiryango igera ku 210.617 yo mu Mirenge 416 yahawe akazi muri gahunda y’imirimo rusange ya VUP naho imiryango igera ku 119.025 ihabwa inkunga y’ingoboka.

    Mu mirenge 416 hamaze kugeramo gahunda y’inkunga y’ingoboka, naho mu mirenge 300 niho hamaze kugera gahunda y’inguzanyo ziciriritse n’imirimo y’amaboko.

    Ku rundi ruhande ariko 70% by’agenerwabikorwa bujuje ibisabwa nibo bahabwa akazi muri iyi gahunda kubera ikibazo cy’ingengo y’imari idahagije.

    Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi iherutse gutangaza ko mu mwaka w’ingengo y’imari wa 2020/21, hazakoreshwa angana na miliyari 129,2Frw muri gahunda yo gutanga inkunga y’ingoboka ku baturage batishoboye muri gahunda ya VUP no kugerageza kongera umubare w’abaturage bahabwa imirimo muri VUP.

    Muri rusange iyi gahunda ya VUP yatangiye mu 2008, ifite ingengo y’imari ya miliyoni 1,5 Frw mu nkingi enye zayo zose ariko kuri ubu igeze kuri miliyari 70 Frw buri mwaka.

    Imibereho y’abagenerwabikorwa yarahindutse

    Abaturage baganiriye na RBA, batangaje ko gahunda ya VUP yabafashije kwivana mu bukene ku buryo n’ibyiciro by’ubudehe babarizwagamo mbere y’uko bayijyamo byahindutse.

    Uwitwa Habisoni Pascal wo mu Murenge wa Gashaki, Akarere ka Musanze yavuze ko mu 2011, aribwo yahawe akazi muri gahunda ya VUP, aho bakoraga imirimo yo guca amaterasi n’imirwanyasuri muri uwo murenge atuyemo

    Avuga ko yahembwaga 1500Frw ku munsi aho yarangije gukora ako kazi akuyemo asaga ibihumbi 800 Frw ayaheraho yiteza imbere.

    Ati “Nza kuguramo inka y’amafaranga ibihumbi 120 Frw, ndayorora irabyara naguzemo n’umurima umwe ibihumbi 160 Frw, nanaguzemo ishyamba naryo rirahari ry’ibihumbi 155 Frw, ubu nubwo nari nahawe ibihumbi 800 Frw bigenda byunguka.”
    Habisoni avuga kandi ko mbere yari atuye mu misozi ariko ubu yarimutse ajya gutura ahantu heza aho amashanyarazi ageze.

    Uyu musaza avuga ko mu 2017, yafashe inguzanyo ya mbere muri koperative Umurenge Sacco binyuze muri gahunda ya VUP ahita atangiza ububiko bw’ibyo kunywa bisembuye n’ibidasembuye.

    Ikigo cy’Igihugu gishinzwe kongerera ubushobozi inzego z’ibanze (LODA), gitangaza ko n’ubwo hari impinduka zigaragara ku baturage binyuze muri iyi gahunda ya VUP, hari gahunda yo gukomeza gushaka uko ingengo y’imari ikoreshwamo yakongerwa.

    Umuyobozi w’Ishami rishinzwe kurengera abatishoboye muri LODA, Gatsinzi Justin, yavuze ko “Amafaranga ntabwo arahaza kugira ngo inkingi zose zigera mu mirenge icya rimwe ariko nicyo cyifuzo cya Leta, aho twumva mu mwaka w’ingengo y’imari utaha dufite gahunda y’imirenge yose ku nkingi zose ariko iyo igihe kigeze hasuzumwa ya mikoro.”

    Gahunda nka VUP ni imwe mu zatumye ubukene mu banyarwanda bugabanyuka ku rwego rwo hejuru cyane ko nka gahunda y’imbaturabukungu ‘EDPRS I’ yatangiye mu 2008 igeza mu 2012, yasize u Rwanda rugabanyije ubukene ndetse n’ubusumbane mu bukungu.

    EDPRS I kandi yatumye ubukene bugabanuka kuva kuri 56.7% bugera kuri 44.9%, bituma abarenga miliyoni imwe bava mu bukene mu myaka itagera kuri itanu.

    Ubukene bwakomeje kubanyuke kuko nk’Ubushakashatsi bwa Gatanu ku mibereho y’ingo mu Rwanda (EICV5), bwasohotse mu Ukuboza 2018, bwagaragaje abagera kuri 38.2% bari mu bukene naho 16.0% bari mu bukene bukabije.

    Abahabwa imirimo muri gahunda ya VUP bakomeje kugaragaza ko byahinduye imibereho yabo

    source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/impinduka-zidasanzwe-zaranze-gahunda-ya-vup-imaze-gukubirwa-ingengo-y-imari