Tag: featured

  • Muhanga: Abafite ibirarane by’imisoro ku mitungo itimukanwa bashobora gusonerwa – Njyanama #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Inama Njyanama y’Akarere ka Muhanga itangaza ko abaturage bashonje bahishiwe kuko uwo mwanzuro wamaze gutorwa n’Inama Njyanama, hakaba hari hasigaye ko wemezwa na Guverineri w’Intara y’Amajyepfo ukabona gutangarizwa abaturage.

    Inama Njyanama y’Akarere ka Muhanga itangaza ko imisoro cyangwa amahoro yakwa ku mutungo utimukanwa w’ubutaka azasonerwa, ari aya mbere y’uko gusora bishyirwa mu buryo bw’ikoranabuhanga ni ukuvuga mbere ya 2017.

    Shyaka avuga ko abazasonerwa ari abafite ibirarane bya mbere y
    Shyaka avuga ko abazasonerwa ari abafite ibirarane bya mbere y’ikoranabuhanga mu gusoresha ubutaka

    Umuyobozi w’Inama Njyanama y’Akarere ka Muhanga, Shyaka Theobald, yagize ati “Iyo tumaze gufata umwanzuro tubishyikiriza Guverineri ngo agire icyo abivugaho ariko twabonye ko iyo misoro hari abo iremereye cyane, twabisuzumye tariki ya 18 Ukuboza 2020 ubwo iyo myanzuro nitangazwa nibwo hazamenyekana ikizakurikiraho ntabwo nahita mvuga ngo twabifasheho umwanzuro”.

    Yongeraho ko muri rusange Abanyamuhanga bashonje bahishiwe kugira ngo abo imisoro iremereye cyane babashe koroherwa.

    Shyaka avuga ko abarebwa n’iyo myanzuro ari abafite ibirarane by’igihe kirekire kandi ntaho bihuriye n’ingaruka za COVID-19.

    Agira ati “Hari abantu baremerewe n’ibirarane by’imisoro kandi bigaragara ko abaturage badafite ubushobozi bwo kuyishyura kandi ibyo bigira ingaruka ku misoro iba iteganyijwe kwinjira mu Karere”.

    Abasaba gusonerwa cyangwa kugabanyirizwa imisoro kubera COVID-19 ntacyo birakorwaho

    Perezida w’Inama Njyanama y’Akarere ka Muhanga avuga ko hari abasaba ko basonerwa imisoro cyangwa bakishyura imisoro ijyanye n’igihe bakoze, urugero ku bakora 50% ku kwezi basaba ko bakwishyura ibijyanye n’igihe bakoze, abo ngo ntabwo ibyabo byari byasuzumwa.

    Shyaka avuga ko hari nk’abacuruza ibijyanye no gutegurira abageni n’ibirori basabaga gusonerwa kuko akazi kabo kahagaze, ariko nyamara ngo nta kigaragara kidasanzwe ku bihombo byabo ugereranyije n’abandi bacuruzi kuko hafi ya bose COVID-19 yabagizeho ingaruka.

    Agira ati “Gusaba ntabwo byonyine bihagije kandi si umuntu umwe wagizweho ingaruka na COVID-19 ni ibintu biri rusange ibyo byafatwaho umwanzuro n’urwego rw’Igihugu kuko ingaruka zabaye kuri bose”.

    Icyakora Shyaka avuga ko urwego rw’abikorera mu Karere ka Muhanga (PSF) nta busabe rwagejeje kuri Njyanama bugaragaza ibisobanuro byo gusaba gusonerwa imisoro mu bucuruzi cyangwa kwishyura imisoro ijyanye n’igihe abantu bakoze.

    Guverineri w’Intara y’Amajyepfo Kayitesi Alice aherutse kuvuga ko ibibazo by’abasaba gusonerwa imisoro bakorera mu masoko ya Muhanga na Huye aho byigaragaje cyane ibyabo byashyikirijwe inzego nkuru z’Igihugu zikaba ari zo zizabifataho umwanzuro ariko nta kiratanganzwa.

    Perezida Kagame avuga ko imisoro ku mitungo itimukanwa ihanitse izasuzumwa ariko itavanwaho

    Mu kiganiro Perezida Kagame aherutse kugirana n’abanyamakuru abaturage bagahabwa umwanya wo gutanga ibitekerezo, hari abagaragaje ko imisoro ku mutungo utimukanwa w’ubutaka ikomeje kuzamuka cyane ku buryo hari impungenge z’uko hari n’abananirwa kwishyura burundu.

    Si abaturage gusa bagaragaje icyo kibazo kuko n’umuyobozi w’Umuryango urwanya ruswa n’akarengane, Transparency International Rwanda, Ingabire Marie Immaculée yumvikanye kenshi mu itangazamakuru yamagana kuzamura umusoro kuko bitiganywe ubushishozi bugendeye ku bushobozi bw’umuturage.

    Kuri iyo ngingo, ikigo cy’igihugu cy’imisoro n’amahoro (RRA) cyongereye itariki yo kurangiza kwishyura umusoro ku mutungo utimukanwa w’ubutaka kugeza muri Werurwe ariko ntabwo kigeze kigaragaza ko uzagabanywa bivuze ko abakomeje gusora babikora ku giciro gishya kikubye gatatu umusoro wari usanzwe.

    Nyuma y’uko abaturage bagaragarije umukuru w’Igihugu ko umusoro ubabangamiye kubera ko wazamuwe cyane, yavuze ko bigiye gusuzumwa abantu bakishyura uko ubushobozi bwabo bungana ku mitungo yabo ariko imisoro yo itavanwaho.


    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/muhanga-abafite-ibirarane-by-imisoro-ku-mitungo-itimukanwa-bashobora-gusonerwa-njyanama

  • Kamonyi: Gukorera hamwe no guhuza ubutaka byatumye umusaruro w’ibigori wikuba hafi kane – #rwanda #RwOT

    Bahinga ibigori n’imboga mu gishanga cya Ruboroga n’icya Kibyeyi, koperative yabo yabonye ubuzima gatozi mu Ukuboza 2017, igizwe n’abanyamuryango 1442 barimo abagore 580.

    Umuyobozi w’iyo koperative, Tuyisenge Erneste, yabwiye IGIHE ko bahinga ku buso bwa hegitali 130 kandi umusaruro wiyongereye kubera guhuza ubutaka no gukurikiza inama bagiriwe n’inzego z’ubuhinzi.

    Ati “Twatangiye batwigisha guhuza ubutaka ariko abantu ntabwo babyumvaga neza, kuko twatangiye dusarura toni 1,5 kuri hegitali, ariko urumva ko kuba tugeze ku rwego rwo gusarura toni 5,3 ari intambwe ishimishije.”

    Bamwe mu banyamuryango b’iyo koperative babwiye IGIHE ko kuva batangira kuyikoreramo byabafashije gutera imbere.

    Uwimana Véréna wo mu Murenge wa Mugina yavuze ko amafaranga yakuyemo yaguzemo ikibanza aracyubaka ndetse aguramo n’inka.

    Ati “Ku byo nagezeho iwanjye mu rugo, amafaranga banyishyuye nayaguzemo inka, hari n’aho naguze ikibanza mbasha no kucyubaka. Ikindi ni uko mu rugo tubasha kubona umusanzu wa mituweli tukawutangira ku gihe.”

    Abanyamuryango ba Koperative ‘Indatwa za Kamonyi’ bavuze ko gukorera hamwe byabunguye ubumenyi kuko bigishijwe guhinga kijyambere bakoresha neza inyongeramusaruro.

    Ubuyobozi bw’iyo koperative bwavuzeko kuri ubu bari gutekereza uko bashinga uruganda rutunganya ibigori rukabibyazamo ifu kugira ngo babashe kunguka byisumbuyeho.

    Ati “Ni umushinga usaba ubushobozi ariko twari twawutekerejeho, twifuza ko twabona uruganda rushobora gusya akawunga, kugira ngo wa musaruro w’ibigori duhinga tuwongerere agaciro.”

    Bafite intego yo gukomeza guhinga neza imbuto y’indobanure ari nako bakoresha neza inyongeramusuro ku buryo umusaruro uzazamuka ugera kuri toni umunani kuri hegitali.

    Ubuyobozi bw’Akarere ka Kamonyi bubasaba gukomeza kugira umurava no gukorera hamwe, bukabizeza ko nabwo buzakomeza kubaba hafi bubagira n’inama.

    Umusaruro w’ibigori kuri hegitali wariyongereye uva kuri toni 1,5 ugera kuri toni 5,3

    Umuyobozi wa Koperative Indatwa za Kamonyi yavuze ko kwiyongera k’umusaruro w’ibigori babikesha gukorera hamwe

    source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/kamonyi-gukorera-hamwe-no-guhuza-ubutaka-byatumye-umusaruro-w-ibigori-wikuba

  • Akangononwa ku barimu basabye akazi REB – #rwanda #RwOT

    Ibi aba barimu babitangaje nyuma y’aho kuwa 7 Mutarama 2021, Minisiteri y’Uburezi mu Rwanda ishyize abarimu bagera ku bihumbi 17 mu myanya badakoze ibizamini.

    Minisiteri y’Uburezi mu Rwanda mu kiganiro iherutse guha itangazamakuru , yatangaje ko bitewe n’umubare munini w’abarimu bari bakenewe mu byiciro by’amashuri abanza n’ayisumbuye, hari abashyizwe mu myanya y’akazi hagendewe ku manota bagize mu mashuri yisumbuye cyangwa kaminuza bitabaye ngombwa ko bakora ibizamini by’akazi.

    Mu byo aba abarimu bashingiraho bavuga ko urutonde rwakozwe rurimo amakosa, ni uko mu bahawe akazi harimo abafite amanota make nyamara abafite menshi ntibagahabwe. Hari n’abandi bari ku rutonde rw’abategereje akazi bakoze ikizamini bategereje ko kuri iyi nshuro bazahabwa akazi ariko ntibagahabwa.

    Umwe muri bo yagize ati ”Ikintu cyambabaje kikanantangaza, basohoye urutonde mbona bahaye akazi bafite amanota 58 abandi 64 bavuga ko bize ubumenyamuntu n’ubutabire (Biology Chemistry), nanjye narabyize no ku ndangamanota biragaragara (Transcript), ko isomo ry’ubutabire (Chemistry) naritsindaga cyane kandi biragaragara ko nanaryigisha”.

    Undi yagize ati “Umwe afite amanota nka 52 cyangwa 62 nyamara njye mfite amanota 66 ariko nta kazi mfitemo”.

    Usibye kuba hari abagaragaza ko batahawe akazi, hari n’abavuga ko bahawe gukorera mu turere batasabye, bityo ko hagakozwe urutonde rushya.

    Ati “Ko nasabye muri Kicukiro bakaba banjyanye muri Rutsiro kandi ntarigeze mpasaba ?”

    REB ntiyemera ko habayeho amakosa yo gushyira abarimu mu myanya y’akazi ngo kuko uko byakozwe ariko amabwiriza yabigengaga kandi ko kuri ubu umwarimu yahabwaga akazi hagendewe ku manota yagize, icyo yasabye kwigisha n’akarere yagisabyemo.

    Umuyobozi Mukuru w’agateganyo wa REB, Dr Sebaganwa Alphonse, yabwiye Frash FM ko abarimu batanze ibyangombwa by’amanota babonye biga (Transcript),maze uturere dusabwa gutanga imyanya dufite.

    Ati “Abarimu nibo batanze ibyangombwa bigiyeho hanyuma uturere dusabwa gutanga imyanya dufite, noneho habaho guhuza icyo umwarimu yize n’icyo yasabye, ariko umwanya wo koherezamo umwarimu ntabwo byari ikigo, byari Akarere”.

    Yakomeje agira ati “Abarimu basabiye mu karere aka n’aka, twabashyiraga muri ako karere kugeza igihe imyanya yose irangiriye”.

    REB yasabye ko abarimu bumva ko barenganyijwe bakohereza ibibazo byabo kuri email y’icyo kigo bitarenze kuwa 17 Mutarama 2021.

    Mu barimu 34 000 bagombaga gushyirwa mu myanya muri iki cyiciro cyiswe icya gatatu, abagera ku 17 000 nibo bashyizwe mu myanya. REB yizeza ko hari indi myanya izaboneka mu gihe cya vuba ndetse n’abasigaye batarabona akazi bakakabona.

    Abarimu basabye akazi batibonye ku rutonde rw’abagahawe, basabye ko amakosa yagaragayemo akosorwa

    source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/abarimu-batibonye-ku-rutonde-rw-abemerewe-akazi-na-reb-basabye-ko-rwakosoka

  • Kayonza: Umugabo yiyahuye nyuma yo kugirana amakimbirane n’umugore we – #rwanda #RwOT

    Byabereye mu Mudugudu wa Kigarama mu Kagari ka Nyamugari mu Murenge wa Mwili mu Karere ka Kayonza.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mwili, Nsoro Bright, yabwiye IGIHE ko uyu mugabo yanyoye uyu muti basanzwe batera udukoko tuba turi mu murima nyuma yo gutongana n’umugore we bapfa umutungo yari ari gusesagura.

    Ati “Hari umuti batera mu myaka kugira ngo wice udukoko bita Dudu niwo yanyoye umugore ahita atabaza abaturanyi bamugeza ku kigo Nderabuzima cya Nyakabungo akomeza kuremba bamujyana ku bitaro bya Gahini agezeyo ahita apfa, amakuru twahawe n’umugore we ngo bari basanzwe bafitanye amakimbirane ashingiye ku gusesagura umutungo.”

    Nsoro yakomeje avuga ko uwo mugabo yari yafashe ibishyimbo byose bari bejeje abijyana kubigurisha amafaranga yose yakuyemo arayanywera, atashye ngo atongana n’umugore cyane birangira agize umujinya ahita yiyahura.

    Yavuze ko uyu muryango utabarurwaga mu miryango ibana n’amakimbirane aho bakeka ko byatewe n’imyaka bejeje bakananirwa kuyumvikanaho.

    Gitifu Nsoro yasabye abaturage kubera jisho bagenzi babo bagira abo babona babanye nabi bakamenyesha inzego z’ubuyobozi kugira ngo bakumire hakiri kare.

    Ati “Abaturage turabasaba kubera ijisho bagenzi babo babanye nabi bakajya bahabera ubuyobozi bakabumenyesha kuko ntabwo abayobozi babera hose icya rimwe, nidushyira hamwe tugahana amakuru ibyaha nk’ibi tuzajya tubikumira bitaraba.”

    Kayonza ni kamwe mu turere dukunze kuvugwamo impfu zishingiye ku makimbirane yo mu miryango, ubuyobozi buvuga ko ingo nyinshi zibana mu makimbirane zabaruwe ndetse zigenda zigirwa inama zazifasha kuva muri ayo makimbirane bakabana neza.


    source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/kayonza-umugabo-yiyahuye-nyuma-yo-kugirana-amakimbirane-n-umugore-we

  • Rubavu: Polisi yafashe abiyitaga abayobozi ba sitasiyo ya Polisi bakambura abaturage #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Rwasubutare na Iranzi bakekwaho kwambura umuturage biyita abayobozi muri Polisi y
    Rwasubutare na Iranzi bakekwaho kwambura umuturage biyita abayobozi muri Polisi y’u Rwanda

    Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba, Chief Insepector of Police (CIP) Bonaventure Twizere Karekezi avuga ko Rwasubutare ariwe wiyitaga umuyobozi wa Polisi muri sitasiyo ya Nyamyumba(Komanda) ariko abikora ari kumwe na Iranzi Innocent.

    CIP Karekezi yagize ati “Bariya bagabo bari bafite amakuru ko Habiyaremye afite umuvandimwe ufungiye muri sitasiyo ya Nyamyumba kubera gukubita no gukomeretsa umuturage. Bahise batangira kumuhamagara bamubwira ko nabaha amafaranga bazamufungurira umuvandimwe kuko ngo aribo bayobora sitasiyo ya Polisi ya Nyamyumba.”

    CIP Karekezi akomeza avuga ko Habiyaremye yabanje kuboherereza ibihumbi 10 barayanga bamubwira ko ari makeya arongera yohereza andi ibihumbi 10 ategereza ko umuntu arekurwa araheba.

    Ati “Tariki ya 08 Mutarama Umuturage amaze gutanga amafaranga yategereje ko umuvandimwe we arekurwa aramubura nibwo yaje gutekereza ko ari abambuzi ajya kuri sitasiyo ya Polisi ya Nyamyumba atanga amakuru. Twahise dutangira iperereza haza gufatwa Iranzi na Rwasabutare, barabyemeye kuko twanarebye muri telefoni dusangamo ubutumwa bagiye bandikira uwo muturage bamusaba amafaranga ndetse harimo n’izigaragaza uko yagiye ayaboherereza.”

    Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba yakomeje agaya cyane abantu bagenda biyitirira Polisi bagamije kwambura abaturage avuga ko usibye no kuba ibyo bakora ari icyaha, baba barimo no gusiga isura mbi Polisi y’u Rwanda.

    Ati “Nka buriya uriya muturage we yari azi ko amafaranga arimo kuyakwa n’abapolisi, nyamara sibyo. Serivisi za Polisi y’u Rwanda zitangwa binyuze mu mucyo, iyo hafashwe umuntu acyekwaho ibyaha ashyikirizwa ubutabera bugasuzuma ibye, byamuhama akabihanirwa yaba umwere akarekurwa.”

    Yakomeje akangurira abaturage kuba maso bakirinda abantu bose babashuka cyane cyane babahamagara ku matelefoni babizeza ibitangaza kuko muri iki gihe abambuzi babaye benshi.

    Abafashwe bahise bashyikirizwa Urwego rushinzwe ubugenzacyaha (RIB) rukorera muri Sitasiyo ya Polisi ya Gisenyi kugira ngo hakorwe iperereza.

    Itegeko nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange mu ngingo ya 279 havuga ko Umuntu wese utabigenewe, wivanga mu mirimo y’ubutegetsi ya gisivili cyangwa iya gisirikare cyangwa wiha gukora umwe muri iyo mirimo, wiyita umukozi wa Leta atari we cyangwa wambara ku mugaragaro umwambaro w’ubutegetsi, umwambaro uhuriweho n’abahuje umurimo, urwibutso cyangwa ikimenyetso, agambiriye kuyobya rubanda, aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka ibiri (2) ariko kitarenze imyaka itatu (3) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi y’ibihumbi magana atatu (300.000 FRW) ariko atarenze ibihumbi magana atanu (500.000 FRW).

    Ni mu gihe ingingo ya 174 ivuga ko umuntu wese wihesha umutungo w’undi, imari ye yose cyangwa igice cyayo mu buryo bw’uburiganya yiyitiriye izina ritari ryo cyangwa umurimo adafitiye ububasha cyangwa akizeza icyiza cyangwa agatinyisha ko hari ikibi kizaba, aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka ibiri (2) ariko kitarenze imyaka itatu (3) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni eshatu (3.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni eshanu (5.000.000 FRW).

    Ni inkuru dukesha Polisi y’u Rwanda


    source https://www.kigalitoday.com/umutekano/imbere-mu-gihugu/article/rubavu-polisi-yafashe-abiyitaga-abayobozi-ba-sitasiyo-ya-polisi-bakambura-abaturage

  • Amatora muri Uganda: Icyo Abanya-Uganda baba mu Rwanda basaba abagiye gutora #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Robert Kyagulanyi uzwi nka Bobi Wine ndetse na Yoweri Museveni usanzwe ayobora Uganda bari mu bahanganye cyane
    Robert Kyagulanyi uzwi nka Bobi Wine ndetse na Yoweri Museveni usanzwe ayobora Uganda bari mu bahanganye cyane

    Abanya-Uganda baba mu Rwanda bagize icyo basaba bene wabo bari bwitabire amatora.

    Bikurikire muri iyi Video:

    source https://www.kigalitoday.com/politiki/amakuru/article/amatora-muri-uganda-icyo-abanya-uganda-baba-mu-rwanda-basaba-abagiye-gutora

  • Rubavu: Polisi yafashe abiyitaga abayobozi ba sitasiyo ya Polisi bakambura abaturage – #rwanda #RwOT

    Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba, Chief Insepector of Police (CIP) Bonaventure Twizere Karekezi avuga ko umwe mu bafashwe yiyitaga umuyobozi wa Polisi muri sitasiyo ya Nyamyumba(Komanda) akabikora ari kumwe na mugenzi we.

    CIP Karekezi yagize ati “Bariya bagabo bari bafite amakuru ko mugenzi wabo afite umuvandimwe ufungiye muri sitasiyo ya Nyamyumba kubera gukubita no gukomeretsa umuturage. Bahise batangira kumuhamagara bamubwira ko nabaha amafaranga bazamufungurira umuvandimwe kuko ngo aribo bayobora sitasiyo ya Polisi ya Nyamyumba.”

    CIP Karekezi akomeza avuga ko umuturage yabanje kuboherereza ibihumbi 10 barayanga bamubwira ko ari makeya arongera yohereza andi ibihumbi 10 ategereza ko umuntu arekurwa araheba.

    Ati “Tariki ya 08 Mutarama Umuturage amaze gutanga amafaranga yategereje ko umuvandimwe we arekurwa aramubura nibwo yaje gutekereza ko ari abambuzi ajya kuri sitasiyo ya Polisi ya Nyamyumba atanga amakuru. Twahise dutangira iperereza barafatwa. Barabyemeye kuko twanarebye muri telefoni dusangamo ubutumwa bagiye bandikira uwo muturage bamusaba amafaranga ndetse harimo n’izigaragaza uko yagiye ayaboherereza.”

    Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba yakomeje agaya cyane abantu bagenda biyitirira Polisi bagamije kwambura abaturage avuga ko usibye no kuba ibyo bakora ari icyaha, baba barimo no gusiga isura mbi Polisi y’u Rwanda.

    Ati “Nka buriya uriya muturage we yari azi ko amafaranga arimo kuyakwa n’abapolisi, nyamara sibyo. Serivisi za Polisi y’u Rwanda zitangwa binyuze mu mucyo, iyo hafashwe umuntu acyekwaho ibyaha ashyikirizwa ubutabera bugasuzuma ibye, byamuhama akabihanirwa yaba umwere akarekurwa.”

    Yakomeje akangurira abaturage kuba maso bakirinda abantu bose babashuka cyane cyane babahamagara ku matelefoni babizeza ibitangaza kuko muri iki gihe abambuzi babaye benshi.

    Abafashwe bahise bashyikirizwa Urwego rushinzwe ubugenzacyaha (RIB) rukorera muri Sitasiyo ya Polisi ya Gisenyi kugira ngo hakorwe iperereza.

    Itegeko nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange mu ngingo ya 279 havuga ko Umuntu wese utabigenewe, wivanga mu mirimo y’ubutegetsi ya gisivili cyangwa iya gisirikare cyangwa wiha gukora umwe muri iyo mirimo, wiyita umukozi wa Leta atari we cyangwa wambara ku mugaragaro umwambaro w’ubutegetsi, umwambaro uhuriweho n’abahuje umurimo, urwibutso cyangwa ikimenyetso, agambiriye kuyobya rubanda, aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka ibiri (2) ariko kitarenze imyaka itatu (3) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi y’ibihumbi magana atatu (300.000 FRW) ariko atarenze ibihumbi magana atanu (500.000 FRW).

    Ni mugihe ingingo ya 174 ivuga ko umuntu wese wihesha umutungo w’undi, imari ye yose cyangwa igice cyayo mu buryo bw’uburiganya yiyitiriye izina ritari ryo cyangwa umurimo adafitiye ububasha cyangwa akizeza icyiza cyangwa agatinyisha ko hari ikibi kizaba, aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka ibiri (2) ariko kitarenze imyaka itatu (3) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni eshatu (3.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni eshanu (5.000.000 FRW).


    source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/rubavu-polisi-yafashe-abiyitaga-abayobozi-ba-sitasiyo-ya-polisi-bakambura

  • Atembagaza benshi! Ubuzima bw’umunyarwenya Atete umaze kuba ikimenyabose (Video) – #rwanda #RwOT

    Umubonye ku maso, ntushobora kumenya ko atera urwenya mu buryo buhambaye, ariko iyo abumbuye umunwa mukaganira ibitwenge bitangira kwisuka kakahava.

    Uwo nta wundi ni Muhoza Nathalie Atete umaze kwamamara ku mbuga nkoranyambaga atera urwenya rutandukanye, cyane cyane yifashishije urubuga rwa Instagram na Tik Tok.

    Mu gutera urwenya rwe kuri izi mbuga akenshi yifashisha ibyavuzwe n’abandi bantu, we akabusubiramo mu buryo bwe, yabijyanisha n’uko aba yitwara benshi akabarwaza imbavu.

    Ni umukobwa w’urubavu ruto, ushinguye biringaniye kandi w’inzobe ikeye n’inyinya; we ibye bitandukanye n’ibya benshi bifashisha amafoto y’ikimero mu kwigarurira ababakurikira, ahubwo yahisemo inzira yo gutera urwenya kandi yarahiriwe.

    Atete akunzwe na benshi ku mbuga nkoranyambaga ndetse abarenga ibihumbi 20 baramukurikira kuri Instagram, bashaka kwihera ijisho amashusho akunda gusakaza atuma umunsi wa benshi urangira neza.

    Ni umunyarwandakazi ubarizwa muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Avuga ko yatangiye gukora ibijyanye no gukora amashusho yo gusetsa mu 2017, ariko akamenyakana cyane mu 2020, umwaka wamwongereye ubwamamare biturutse ku rubuga rwa Tiktok.

    Avuka mu muryango w’abana batanu akaba ari imfura. Yiga itangazamakuru ndetse ni nacyo kintu yakuze yifuza kuziga. Yagiye muri Amerika agiye kwiga.

    Mu kiganiro yagiranye na 1K Studio, yavuze ko gusetsa abikora nko kwinezeza, ariko nawe akaba ashimishwa no kubona abantu bari kumwe nta wigunze. Ati “Ntabwo mbikora nk’akazi ni ibintu byo kwinezeza. Ikinshimisha ni uko ahantu ndi ni uko nta rungu riba rihari.”

    Usibye kuba ari umunyarwenya, ni n’umukinnyi wa filime aho yakinnye mu yitwa ’Amarira ya Gatumba’ na ‘Niko zubakwa’ nk’umukinnyi w’imena; ndetse ni n’umwanditsi.

    Mu mwaka ushize urwenya yakoze rugashimisha benshi cyane ni urw’inkuru Shaddyboo azaba abara ubwo azaba ari mu zabukuru.

    Yasohoye urwo yavuzemo ibisabwa ku bashaka kuba aba Slay Queens, abaninura agaragaza uko baba bashaka ibyo batavunikiye, batagira akazi kandi bakunda akaryoshye.

    Reba ikiganiro cyose yagiranye na 1K Studio

    Reba urwenya mu bihe bitandukanye rwagiye ruterwa n’uyu mukobwa

    source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/atembagaza-benshi-ubuzima-bw-umunyarwenya-atete-umaze-kuba-ikimenyabose-video

  • Ni iki u Rwanda ruzungukira mu mu masezerano y’isoko rusange rya Afurika? – #rwanda #RwOT

    Ni amasezerano yasinyiwe i Kigali muri Werurwe 2018, mu Nama Idasanzwe y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, yemezwa muri Mata umwaka wakurikiyeho nyuma y’uko ibihugu 22 byari bikenewe bimaze kuyemeza burundu.

    Itangizwa ry’iri soko ryari ritegerejwe cyane, kuko ryitezweho kuvana igisebo ku Mugabane wa Afurika ukorana ubucuruzi n’indi migabane kurusha uko ukorana ubucuruzi hagati yawo.

    Nk’ubu Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Bucuruzi n’Iterambere (UNCTAD) rivuga ko hagati y’umwaka wa 2015 na 2017, ubucuruzi hagati y’ibihugu bya Afurika bwari ku kigero cya 16.6% gusa, nyamara ubwa Afurika n’u Burayi bukaba ku kigero cya 60% mu gihe buri ku kigero cya 50% hagati ya Afurika na Aziya.

    Iri soko rusange ni icyo rije gukemura, aho rigiye gukuraho imbogamizi zirimo imisoro, amategeko n’ibindi bitandukanye byatumaga ubucuruzi hagati ya Afurika bugenda biguru ntege.

    Amasezerano ashyiraho iri soko avuga ko ibicuruzwa 90% bizakurirwaho imisoro mu gihe biri gucuruzwa hagati y’Umugabane wa Afurika kandi byahakorewe, intego igomba kuzaba yagezweho nibura mu mwaka wa 2034.

    Icyo gihe, Afurika izaba ituwe na miliyari 1.8 z’abantu, bavuye kuri miliyari 1,3 bariho uyu munsi. Mu gihe rero Isoko rusange rya Afurika rizaba impamo, byitezwe ko rizazahura ubukungu bw’uyu mugabane ndetse rigatanga imirimo irenga miliyoni 100 hirya no hino.

    Ni izihe nyungu u Rwanda ruzakura muri iri soko?

    Muri rusange, mu gihe imisoro izaba imaze kugabanywa ku kigero cya 90%, byitezwe ko ibicuruzwa byo hirya no hino bizajya bitambuka imipaka mu buryo bwihuse kandi bidasoreshejwe.

    Hari abahera kuri iyi ngingo bakibaza uzungukira muri iri soko, na cyane ko ingano y’ubukungu bw’ibihugu bya Afurika itandukanye cyane, ku buryo hari na bamwe mu mpuguke z’ubukungu bavuga ko iri soko rizungura ibihugu bikize, bisanzwe bifite inganda zikora ibintu byinshi.

    Aba bavuga ko ibihugu nka Afurika y’Epfo na Misiri bisanzwe bikungahaye cyane ku nganda aribyo bizungukira muri iri soko kurusha ibihugu bikennye, byo bizakomeza kuba isoko ryoherezwamo ibyakorewe ahandi, bityo ntibizanagire ubushobozi bwo kwiyubakira inganda kuko ibyo bakazikoreye babibona hafi biturutse mu bindi bihugu.

    Kubwa Teddy Kaberuka, impuguke mu bukungu, mu kiganiro na IGIHE, yavuze ko iri soko ridakwiye gutekerezwa gutyo, kuko rizoroshya ubucuruzi no ku Banyarwanda barangura, bazajya bakura ibicuruzwa hafi kandi kuri make, bikazatuma ibicuruzwa bihenduka muri rusange.

    Yagize ati “ntidukwiye kureba isoko mu buryo bumwe, isoko si uguhangana ahubwo ni ukureba ibyo udafite ukabizana, ukanareba ibyo ufite ugashaka aho ubicuruza”.

    Kaberuka yavuze ko u Rwanda ruzungukira muri iri soko muri rusange, bitewe n’uko rushobora kuzaba icyicaro cy’abashoramari bazashyira ibikorwa byabo mu Rwanda ariko bareba ku Isoko rya Afurika muri rusange.

    Yagize ati “umwihariko w’u Rwanda ni uko ari igihugu kimaze hafi imyaka 10 gishyiraho uburyo bwiza bwo korohereza abashoramari, bivuze ko iri soko rya Afurika ku Rwanda, ni umuyoboro mwiza wo kwakira ishoramari rigari”.

    U Rwanda rumaze igihe rushyiraho ingamba zigamije korohereza abanyamahanga baza gushora imari yabo mu gihugu, ku buryo ruri ku mwanya wa kabiri muri Afurika kuri iyi ngingo, nk’uko byemezwa na Raporo ya Banki y’Isi izwi nka ‘Doing Business Report’.

    Perezida Paul Kagame kandi na we yigeze kugaruka kuri iyi ngingo avuga ku nyungu u Rwanda ruzakura muri iri soko rusange, aho yagize ati “Ku ruhande rwacu, twakomeje kubaka ubushobozi butuma tubasha gukora ubucuruzi no kureshya ishoramari. Uko ni ko ku rutonde rwa Doing Business, Banki y’Isi yashyize u Rwanda mu bihugu biri ku isonga mu korohereza abashoramari. Mu mwaka ushize u Rwanda rwari ku mwanya wa kabiri muri Afurika […]. Ibyo byose rero tubikorera kureshya ishoramari no koroshya ubucuruzi burimo n’ubwambukiranya imipaka, kandi imibare yerekana ko isoko rusange rya Afurika, rizatuma ubucuruzi hagati y’ibihugu bya Afurika bwiyongera ku gipimo kirenga 50%. Ibyo rero birerekana ko ayo ari amahirwe akomeye u Rwanda n’ibindi bihugu bya Afurika twiteguye kubyaza umusaruro no gutangamo umusanzu”.

    Ku bwa Dr. Bihira Canisius w’impuguke mu bukungu, yavuze ko abacuruzi b’Abanyarwanda bakwiye gukoresha aya mahirwe mashya bagakora ubucuruzi mu buryo bwagutse kandi bwa kinyamwuga.

    Yagize ati “abacuruzi bacu bakwiye kurangwa no kugira udushya tuzatuma bahangana ku Isoko rigari rya Afurika, ndetse bakiga gukora ibigezweho. Mu bucuruzi bwajemo ihangana aho umuguzi afite amahirwe yo guhitamo mu bintu byinshi, bisaba ko wowe umucuruzaho uba ufite ibintu byiza kurusha abandi”.

    Bihira kandi yavuze ko nta rwitwazo abacuruzi b’Abanyarwanda bakwiye kugira, kuko ubuyobozi bw’igihugu bwamaze kwerekana ko bufite ubushake bwa politiki bwo gushyigikira iri soko, dore ko u Rwanda ruri mu bihugu bya mbere byamaze kwemeza aya masezerano burundu.

    Afurika iriteguye?

    Si ubwa mbere Umugabane wa Afurika ugerageza gukora amasezerano y’ubucuruzi manini nk’aya, ariko ku zindi nshuro zabanje ntiyagiye ashyirwa mu bikorwa bitewe n’impamvu zirimo gukorera mu kwaha kw’amahanga, ubushake buke bwa politiki n’ibindi bitandukanye.

    Teddy Kaberuka yavuze ko kuri iyi nshuro, Afurika ifite amahirwe menshi yo kwesa uyu muhigo, ariko ko bizagorana kandi bigasaba kwihangana.

    Iyi mpuguke yavuze ko bitewe n’uburyo imiterere y’ubucuruzi mpuzamahanga isigaye imeze muri iyi minsi, ibihugu bya Afurika “nta yandi mahitamo bifite usibye gufatanya n’abandi kuko ari byo byagira impinduka bizana”.

    Yavuze ko mu gihe bitagenda gutyo, “Umugabane wa Afurika waba uhisemo ubukene bw’akarande”.

    Kaberuka yongeyeho ko uburyo Afurika yitwaraga ku ruhando mpuzamahanga byayibuzaga amahirwe, ati “kuri ubu uko ungana ni ko kugena ibyo ugenerwa mu masezerano. Ibihugu bya Afurika ntibyajyaga bihabwa umwanya wo kugena ibiciro ku bicuruzwa byabyo kuko bitari bifite ijwi rimwe, ariko ubu bishobora kuzajya bigira uruhare mu byemezo by’ubucuruzi mpuzamahanga kandi bigafatwa hitawe ku nyungu za Afurika”.

    Dr. Bihira we avuga ko aya masezerano afite amahirwe menshi yo gushyirwa mu bikorwa bitewe n’impinduka zimaze kuba ku Mugabane wa Afurika mu myaka 40 ishize.

    Ati “abayobozi bariho abenshi ni bashya kandi bato, bafite icyerekezo cyo guteza imbere Umugabane. Bitandukanye na kirya gihe aho abenshi babaga barashyizweho n‘abakoloni bakanabategeka ibyo bakora. Kuri iyi nshuro iki ni icyifuzo cyazanywe n’abayobozi ba Afurika kandi bazagishyigira”.

    Uruhuri rw’imbogamizi

    N’ubwo isinywa ry’amasezerano ubwaryo ryari intambwe nziza iganisha ku gishyiraho isoko rusange, haracyari uruhuri rw’ibibazo bigikeneye kwitabwaho bya hafi kugira ngo bitazaba imbarutso yo gusubiza inyuma ibimaze kugerwaho.

    Bimwe muri ibyo bibazo harimo iyubahirizwa ry’amasezerano binyuze mu mucyo, ingingo ishobora kuzagorana bitewe n’uko Raporo y’umuryango Urwanya Akarengane ku Isi, Transparency International, ikigaragaza ko ibihugu bya Afurika bikigenda biguru ntege mu kurandura ruswa.

    Ruswa no kudakorera mu mucyo ni imbogamizi ikomeye kuri aya masezerano kuko ateganya ko ibicuruzwa byavanywe hanze y’Umugabane wa Afurika bizajya bisoreshwa nk’uko bisanzwe. Gusa mu gihe nk’igihugu cyavanye ibicuruzwa hanze ariko kikabyongerera agaciro, kizajya gisoreshwa umusoro w’igicuruzwa havuyeho ijanisha ry’agaciro kongeweho.

    Nk’urugero, kuvana imodoka hanze bisanzwe bisorerwa 100%, ariko noneho mu gihe igihugu cyazanye ibice by’imodoka, hanyuma kikayongerera agaciro ku kigero cya 60%, kizajya kiyishyuraho umusoro ungana na 40% by’ibyavuye hanze.

    Imbogamizi iri muri iyi ngingo ni uko ibihugu bya Afurika bikirangwamo ruswa iri hejuru bishobora kutazajya bikoresha ukuri maze bigatuma ibicuruzwa byaturutse hanze y’Umugabane na byo bitishyurirwa umusoro.

    Kaberuka avuga ko iki ari ikibazo gikomeye ariko gishobora kuvugutirwa umuti. Yagize ati “bagomba gushyiraho uburyo bwa nyabwo bwo gukurikirana ibyo bintu kuko bishobora guteza igihombo n’amakimbirane. Ubu twateye imbere mu ikoranabuhanga, hakwiye kujyaho uburyo butuma bikorwa neza nk’uko bimeze ku mpapuro z’inzira”.

    Mu gihe isoko rimaze gutangizwa, Kaberuka avuga ko hakwiye gukurikiraho ihuzwa ry’amasezerano n’amategeko ya buri gihugu, ibyo bikajyana no guhuza imipaka, kubaka ibikorwaremezo bishoboza ingendo gukorwa ndetse no gushyiraho uburyo bwo gukemura amakimbirane ashobora kuvuga hagati y’ibihugu byasinye aya masezerano.

    Abahanga mu by’ubukungu bavuze ko mu gihe Isi yose yihugiyeho ihanganye n’ingaruka za Coronavirus, iri soko ari igisubizo cyiza ku Mugabane cyo kwishakamo ibisubizo byo guhangana n’ingaruka z’iki cyorezo.

    Mu gihe byitezwe ko abaturage ba Afurika bazaba barenga miliyari enye mu mwaka wa 2100, ibihugu bya Afurika bikeneye gusiganwa n’igihe mu kuzamura ubukungu byabyo kuko bitagenze gutyo, uyu Mugabane wazahura n’ikibazo cyo kugira abaturage benshi badakora bityo Umugabane ukuzuramo akaduruvayo.

    Isoko Rusangge rya Afurika rizaabanya umusoro ku bicuruzwa ku kigero cya 90%

    Perezida Kagame ni umwe mu batangije aya masezerano ku mugaragaro

    source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/ni-iki-u-rwanda-ruzungukira-mu-musezerano-y-isoko-rusange-rya-afurika

  • Nta muntu wemerewe gushyira amashanyarazi mu nyubako atabiherewe uburenganzira na RURA #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    RURA ivuga ko ibi bigamije gukumira inkongi n’izindi mpanuka zishobora guturuka ku muriro w’amashanyarazi.

    Itangazo rya RURA rimenyesha by’umwihariko abantu bose bafite, bari kubaka cyangwa bateganya kubaka inyubako zo guturamo mu Mujyi wa Kigali, ko guhera tariki ya 01 Werurwe 2021, nta muntu uzemererwa guhabwa amashanyarazi na REG/EUCL atabanje kugaragaza icyemezo cyerekana ko imirimo yo gushyira amashanyarazi (installation) mu nyubako ye, yakozwe cyangwa izakorwa n’umuntu ufite uruhushya rumwemerera gukora iyo mirimo rutangwa na RURA.

    Urutonde rw’abemerewe gukora iyo mirimo ruboneka ku rubuga rwa Interineti rwa RURA ari rwo www.rura.rw

    Abashyira amashanyarazi mu nyubako bazajya babanza kugaragaza icyemezo kibemerera gukora ako kazi gitangwa na RURA
    Abashyira amashanyarazi mu nyubako bazajya babanza kugaragaza icyemezo kibemerera gukora ako kazi gitangwa na RURA


    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/Nta-muntu-wemerewe-gushyira-amashanyarazi-mu-nyubako-atabiherewe-uburenganzira-na-RURA