Tag: featured

  • Birakwiye ko mu mashuri hashyirwa udukingirizo? – #rwanda #RwOT

    Ni impaka zimaze imyaka isaga 10, ahari abavuga ko kugira ngo ikibazo cy’inda ziterwa abangavu by’umwihariko abakiri mu mashuri kirandurwe bakwegerezwa serivisi zo kuboneza urubyaro zirimo udukingirizo.

    Ku rundi ruhande imiryango ishingiye ku myemerere, ababyeyi, ndetse n’impirimbanyi z’umuco ntibakozwa ibyo kuba mu kigo cy’ishuri hashyirwa udukingirizo cyangwa izindi serivisi zifasha mu kuboneza urubyaro.

    Imibare y’abangavu baterwa inda ikomeza gutumbagira ndetse by’umwihariko abenshi ni abaziterwa bari mu mashuri.

    Mu 2016, Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango yakoze ubushakashatsi igaragaza ko abangavu 17,500 bari hagati y’imyaka 15-17 batewe inda.

    Ikigo giharanira uburenganzira no guteza imbere ubuzima, Health Development Initiative (HDI) n’indi miryango iharanira uburenganzira bwa muntu igaragaza ko nibura abangavu barenga ibihumbi 15 baterwa inda buri mwaka.

    Kwigisha ubuzima bw’imyororokere mu mashuri, igisubizo ku makuru abana baburanye ababyeyi

    Ku ishuri niho umwana amara amasaha menshi ugereranyije n’iwabo mu rugo. Ibintu benshi bavuga ko ari ababyeyi n’abarimu bose bakwiye gufatanya mu kwigisha abana ubuzima bw’imyororokere.

    Nyamara bamwe mu bayobozi b’amashuri cyamgwa ababyeyi ntibakozwa ibyo kwigisha abana ubuzima bw’imyororokere n’ibyo bagomba kwirinda.

    Mu 2015, hateguwe integanyanyigisho ikoreshwa mu mashuri abanza n’ayisumbuye, igafasha mu kwigisha ibijyanye n’ubuzima bw’imyororokere.

    Ni umwanzuro wafatiwe mu Nama y’Ibihugu byo mu Muryango wa Afurika y’Uburasirazuba n’iyo hagati, ECASSA, yo mu 2013, yanzuye ko mu mashuri hagomba gushyirwaho uburyo bwo kwigisha ibijyanye n’ubuzima bw’imyororokere.

    Icyo gihe ubushakashatsi bwakozwe n’inzego zihuriweho zirimo Minisiteri y’Ubuzima na Minisiteri y’Uburezi, bwagaragaje ko abana barenga 65% batamenya amakuru y’ubuzima bw’imyororokere bayakuye ku babyeyi babo.

    Ni ukuvuga ko ku mashuri no muri bagenzi babo ariho bashobora kwigishirizwa ibijyanye n’ubuzima bw’imyororokere by’umwihariko uburyo bwo kwirinda inda ziterwa abangavu ndetse n’indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina.

    Umuyobozi ushinzwe uburezi budaheza no kwita ku banyeshuri bakeneye ubufasha bwihariye muri REB, Ngoga Fixer Eugène, avuga ko nubwo abarimu ari ababyeyi kandi b’Abanyarwanda, usanga hari aho batinya kwigisha abana ibijyanye n’imyororokere.

    Ati “Habaho umuco, mu muco Nyarwanda ntabwo ibijyanye n’imibonano mpuzabitsina ntabwo ari ibintu bivugwa mu buryo bwa rusange cyangwa ngo bivugirwe ku gasozi, abantu bateraniye hamwe.”

    Yakomeje agira ati “Abarimu na bo ni Abanyarwanda, iyo ukurikije n’igihe tumaze, ntabwo ari bose bashobora kuba babikora kimwe. Ariko ni amasomo agomba kwigishwa.”

    Abanyeshuri bagize icyo babivugaho…

    Abanyeshuri by’umwihariko abangavu baganiriye na IGIHE, bagaragaza ko kudahabwa amakuru n’ababyeyi babo cyangwa abarimu bibagiraho ingaruka zo guhabwa amakuru atari ukuri na bagenzi babo.

    Bukana Queen wiga mu mwaka wa gatandatu mu Ishuri ryisumbuye rya King David Academy, avuga ko bishobora kubagiraho ingaruka zirimo guterwa inda cyangwa kwandura indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina.

    Ati “Tubibona nk’imbogamizi kuko hari igihe ababyeyi bacu batinya kutuganiriza cyangwa kutugira inama ku byerekeranye n’ubuzima bw’imyororokere, bitugiraho ingaruka kuko hari nk’urubyiruko rutabasha kwirinda bikaba byabagiraho ingaruka mbi.”

    Yakomeje agira ati “Izo ngaruka zirimo nko gutwara inda bakiri bato, kwandura Sida. Numva tuba dukwiye kwigishwa uko twakoresha uburyo bwo kuboneza urubyaro, ababyeyi bakwiye kumenya ko abana babo bagomba kumenya gukoresha uburyo bwo kwirinda burimo gukoresha agakingirizo n’ibindi.”

    Umuyobozi ushinzwe ibikorwa muri HDI, Dr Rukundo Athanase avuga ko abangavu bakwiye kwigishwa ibijyanye n’ubuzima bw’imyororokere ariko by’umwihariko bigakorerwa mu mashuri kuko ariho bamara igihe kirekire.

    Rukundo asanga kandi ari ngombwa ko mu bigo by’amashuri hashyirwa serivisi zijyanye no kuboneza urubyaro by’umwihariko udukingirizo kuko usanga abangavu n’ingimbi bakenera gukora imibonano mpuzabitsina.

    Ati “Byadufasha kugabanya za nda zitifuzwa, ubwandu bwa virusi itera Sida. Mu Rwanda dufite amahirwe y’uko igice kinini cy’urubyiruko hafi ya rwose ruri mu mashuri.”

    Twabaha ikaramu, ntitwabaha agakingirizo

    Ngoga avuga ko kuba serivisi zirimo izo kuboneza urubyaro nk’udukingirizo zashyirwa mu mashuri atari byo byihutirwa ahubwo icy’ibanze ari ukwigisha abana uko birinda.

    Ati “Mu mashuri ntabwo duteza imbere imibonano mpuzabitsina, nta n’amahirwe cyangwa umwanya dukwiye gutanga wo kugira ngo habe imibonano mpuzabitsina.”

    Yakomeje agira ati “Byaba atari byiza aho kugira ngo ibyo wowe utemera, udakora, udashaka ko bikorwa […] twabaha ikaramu, wabaha ikaye ariko ntiwamuha agakingirizo, ubwo ni ukumubwira ngo genda usambane.”

    Kuri we asanga izo serivisi zikwiye gushakirwa ahandi nko mu bigo by’ubuvuzi bishinzwe kuzitanga ndetse ibijyanye no gusambana akavuga ko biramutse bikozwe bidakwiye gukorerwa ku mashuri.

    Imibare itangwa na Minisiteri y’Ubuzima igaragaza ko mu 2017 abangavu babyariye kwa muganga bari munsi y’imyaka 19 bari 17.337, mu 2018 baba 19.832, na ho mu mwaka wa 2019 guhera muri Mutarama kugeza muri Kanama ababyaye ni 15.696.

    Umuyobozi ushinzwe ibikorwa mu muryango HDI, Dr Rukundo Athanase avuga ko mu mashuri hakwiye gushyirwa udukingirizo

    source : https://ift.tt/3dFres8

  • Huye: Umubare w’abangavu batwita imburagihe waragabanutse – #rwanda #RwOT

    Byatangajwe kuri uyu wa Gatatu tariki ya 8 Ukuboza 2021 ubwo mu Rwunge rw’Amashuri rwa Butare Catholique haberaga ibiganiro mpaka byahuje abanyeshuri bigamije kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina.

    Ibyo biganiro byateguwe n’urugaga rw’amadini n’amatorero mu kubungabunga ubuzima, RICH, hagamijwe gutoza abakiri bato gukumira ihohoterwa rishingiye ku gitsina no kubaganiriza ku buzima bw’imyororokere kugira ngo birinde ibishuko bishobora kubashora mu busambanyi.

    Umukozi wa RICH, Tumupende Violette, yavuze ko bashaka ko abana bari kubyiruka bakurana umuco wo kwirinda ihohoterwa rishingiye ku gitsina.

    Ati “Dushaka ko ibijyanye no kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina babigiraho amakuru ahagije bakamenya uko barirwanya, bakamenya ko igihe babonye uwakorewe ihohoterwa rishingiye ku gitsina bagomba gutanga amakuru ku buyobozi, bityo tugafatanyiriza hamwe twese mu kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina.”

    Mu biganirompaka byahuje abanyeshuri biga ku rwunge rw’amashuri rwa Butare Catholique n’abiga ku rwunge rw’amashuri rwa Sovu. Byibanze ku ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’isambanywa ry’abangavu, ababikoze bagenerwa ibihembo bitandukanye.

    Umuyobozi w’Akarere ka Huye wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Kankesha Annonciata, yavuze ko ubukangurambaga bukorwa bumaze gutanga umusaruro mu kugabanya umubare w’abangavu batwita imburagihe.

    Ati “Hari igihe twageze mu bangavu 500 baterwa inda imburagihe ariko ubu ngubu dufite abangavu bari munsi y’imyaka 18 bagera kuri 71 kandi 54 muri bo bagiye gusubira mu ishuri. Ni ikintu gikomeye cyane kigaragaza ko ubukangurambaga n’ibindi bikorwa dukora biri gutanga umusaruro mwiza.”

    Bamwe mu bangavu b’abanyeshuri bakurkiye ibyo biganirompaka babwiye IGIHE ko bakunze guhura n’abasore ndetse n’abagabo babashuka ariko bakabagendera kure bitewe n’inama bagirwa n’ababyeyi babo, abarimu n’abayobozi.

    Igihozo Kevine ati “Ibishuko mpura na byo kuko hari abagabo baza bambwira ko dukundana kandi bafite abagore. Cyane cyane abamotari baza bambwira ngo bashaka kuntwarira ubuntu nkabyanga kuko ababyeyi bangiriye inama yo kwirinda ibishuko. Iyo hagize ushaka kunshuka ndabyanga kandi iyo ngeze mu rugo mbibwira ababyeyi banjye.”

    Nikuze Divine na we yavuze ko ababyeyi be bamuganiriza ku kwirinda ibishuko kandi n’ibiganiro bitangwa hari byinshi yungukiramo.

    Ati “Muri ibi biganiro nungukiyemo ko ntagomba guceceka igihe mbonye hari umuntu uri gukorerwa ihohoterwa rishingiye ku gitsina, ngomba guhita mbimenyesha abayobozi.”

    Ibiganirompaka byahuje abo banyeshuri biri kuba muri gahunda y’iminsi 16 yahariwe kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina yatangiye ku wa 25 Ugushyingo ikazasozwa ku ya 10 Ukuboza 2021.

    Ubuyobozi bw’Akarere ka Huye ku bufatanye n’abafatanyabikorwa buvuga ko ibikorwa byo kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina bizakomeza kandi bizajya bibera ahantu hose.

    Bamwe mu biga mu Rwunge rw’Amashuri rwa Butare Catholique bakoze ibiganiro mpaka bigamije kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina

    Bamwe mu bangavu b’abanyeshuri bakurkiye ibyo biganirompaka babwiye IGIHE ko bakunze guhura n’abasore ndetse n’abagabo babashuka ariko bakabagendera kure bitewe n’inama bagirwa n’ababyeyi babo, abarimu n’abayobozi

    Abanyeshuri bo ku rwunge rw’amashuri rwa Butare Catholique bitabiriye ibiganirompaka ahawe ibihembo

    Umuyobozi w’Akarere ka Huye wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Kankesha Annonciata, yavuze ko ubukangurambaga bukorwa bumaze gutanga umusaruro mu kugabanya umubare w’abangavu batwita imburagihe

    [email protected]


    source : https://ift.tt/3dG8mci

  • Abikorera bagaragaje inyungu bazakura mu imurikabikorwa ry’ubukerarugendo i Cannes – #rwanda #RwOT

    Ku wa 6 Ukuboza 2021, nibwo mu Mujyi wa Cannes hatangiye iri murikabikorwa rizwi nka International Luxury Travel Market (ILTM). Ryasojwe tariki ya 9 Ukuboza 2021.

    Ku ruhande rw’u Rwanda ryitabiriwe n’ Urwego rw’Igihugu rw’Ubukerarugendo (RDB) ari na rwo rufite ubukerarugendo mu nshingano zarwo ndetse n’abikorera bari muri uru rwego.

    Iri murikabikorwa rihuza abaguzi, abagurisha n’abafatanyabikorwa mu bijyanye n’ubukerarugendo baturutse hirya no hino ku Isi, ibintu birigira urubuga ruberamo ibiganiro biteza imbere ubukerarugendo hirya no hino ku Isi.

    Mu Kiganiro IGIHE yagiranye na Aimable Rutagarama, uyobora ishami ry’ubukerarugendo mu Rugaga rw’Abikorera (PSF) yavuze ko iri murikabikorwa barifata nk’amahirwe akomeye yaganisha ku iterambere ry’ubukerarugendo bw’u Rwanda.

    Ati “Iki gikorwa turimo hano i Cannes, ni igikorwa gikomeye ku bukerarugendo mpuzamahanga, impamvu gikomeye ni uko abacyitabira bose bakora ubucuruzi mu bukerarugendo kandi ubucuruzi buzana ba mukerarugendo bo ku rwego rwo hejuru ari bo natwe tuba dushaka.”

    Yakomeje avuga ko rizatuma babasha kubona ba mukerarugendo bo mu rwego rwo hejuru, yemeza ko ari amahirwe no ku bandi Banyarwanda bose.

    Ati “Bagenzi bacu tuba tuje guhura ni abantu baba basanzwe bafite abo bakiliya nkumva rero ko ari ikintu gikomeye cyiza kuri twe ari abakora mu bukerarugendo turi kumwe hano ari n’abataje, ari amahoteli, restaurant, utubari bose bibageraho.”

    Yakomeje avuga ko nibura buri muntu witabiriye iri murikabikorwa yahuraga n’abantu 40 kandi bakagirana ibiganiro byaganisha ku iterambere ry’uru rwego.

    Itsinda ry’Abanyarwanda bitabiriye iri murikabikorwa rigizwe Aimable Rutagarama uyobora Palast Tours & travels, Manzi Kayihura uyobora Thousand Hills Africa, Yves Shirimpumu uhagarariye Ishami ry’Ubukerarugendo mu Rugaga rw’Abikorera (PSF), Chantal Uwase Kabagambe uhagarariye Eco Community Tours na David Rutikanga uhagarariye Songa Africa.

    Hari kandi Eugène Nshimiyimana uhagarariye Africa Journeys, Michael Anderson uhagarariye Uberluxe safaris, Morgane Bechet uhagarariye Mapendano Voyages, Kevin James uhagarariye Volcanoes Safaris na Robert Gakimbiri uhagarariye Primate Safaris.

    Ku ruhande rwa Leta y’u Rwanda, Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB) rwari ruhagarariwe na Philbert Ndandali.

    Aimable Rutagarama, uyobora ishami ry’ubukerarugendo mu Rugaga rw’Abikorera (PSF) yavuze ko iri murikabikorwa barifata nk’amahirwe akomeye

    Aimable Rutagarama aganira n’umunyamakuru wa IGIHE, Karirima Aimable

    Abanyarwanda biteguye kubyaza umusaruro amahirwe bakuye muri iri murikabikorwa

    Abitabiriye iri murikabikorwa beretswe ibyiza by’u Rwanda

    Abitabiriye iri murikabikorwa beretswe ibyiza by’u Rwanda

    Abaryitabiriye beretswe ibyo bashobora gusura mu Rwanda

    Ryabaye amahirwe yo kumenyana hagati y’abakora mu rwego rw’ubukerarugendo

    Ryabereye mu Mujyi wa Cannes usanzwe ukomeye mu bukerarugendo

    [email protected]


    source : https://ift.tt/3rQlALR

  • U Rwanda rwakiriye icyiciro cya karindwi cy’impunzi zo muri Libya – #rwanda #RwOT

    Izi mpunzi zatangiye kwakirwa muri Nzeri 2019 nyuma y’uko Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yemeye ko u Rwanda ruzatanga ubufasha, zigacumbikirwa mu gihugu mu gihe zigishakisha ibindi bihugu zakwerekezamo.

    Kuva icyo gihe, hamaze kwakirwa ibyiciro birindwi bigizwe n’impunzi 648 utabariyemo abakiriwe kuri uyu wa Gatanu. Muri abo, 462 bamaze kubona ibindi bihugu bibakira by’igihe kirekire bikabaha ubuhungiro. Byinshi muri ibyo bihugu ni ibyo ku mugabane w’u Burayi.

    Amasezerano u Rwanda rwasinye mbere yo kwakira izi mpunzi n’abimukira, agena ko ruzakomeza kwakira ababyifuje no kubacungira umutekano, Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe ugashaka ubushobozi bukenewe n’ubundi bufasha bwa politiki, amahugurwa no guhuza ibikorwa.

    Ni mu gihe HCR yo izatanga serivisi zo kurengera izo mpunzi n’abasaba ubuhungiro n’ubutabazi bw’ibanze nk’ibiribwa, amazi, aho kuba, uburezi n’ubuvuzi.

    Ku wa 14 Ukwakira 2021 ni bwo aya masezerano yavuguruwe, aho u Rwanda ruzakomeza gukoresha Inkambi ya Gashora iri mu Karere ka Bugesera mu kwakira impunzi kugeza ku wa 31 Ukuboza 2023 ndetse ubushobozi bwayo buzongerwa buve ku kwakira abantu 500 icya rimwe, babe 700.

    Muri aya masezerano, u Rwanda ruzakomeza kwakira no kurinda impunzi n’abimukira ndetse n’abandi bari mu kaga bafungiye mu bigo byo muri Libya.

    Muri bo ababishaka ni bo bazoherezwa mu Rwanda, bagakomeza gufashwa na UNHCR no gushakirwa ibisubizo birambye birimo no gufashwa kujya mu bindi bihugu, abandi bagasubizwa aho bavuye.

    Iri tangazo rikomeza rivuga ko “bamwe bashobora guhabwa uburenganzira bwo kuguma mu Rwanda mu gihe byumvikanyweho n’abayobozi.’’

    Mu bacumbikiwe muri iyi nkambi harimo abaturutse muri Eritrea, Sudani, Sudani y’Epfo, Somalia, Ethiopia, Nigeria, Tchad na Cameroun.

    Impunzi zakiriwe ni icyiciro cya karindwi kigizwe n’abantu 176

    Bakiriwe mu Rwanda mu gihe bategereje ko babona ibindi bihugu baturamo mu gihe kirekire

    Ubwo bari bageze ku Kibuga cy’Indege i Kanombe batangiye kwiruhutsa kuko ubuzima bagiye kubamo buhabanye kure n’ubwo bari basanzwe babamo muri Libya

    Buri wese yari afite ibyangombwa bitangwa na HCR bigaragaza ko ari impunzi

    source : https://ift.tt/3DBC0dm

  • Polisi yahuguye abakozi ba CHUB ku kwirinda inkongi #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abahuguwe ni abatoranyijwe muri ibi bitaro barimo abaganga, abaforomo, abayobozi, abashinzwe tekinike mu bitaro ndetse n’abayobozi b’amashami.

    Abahugurwa barimo guhugurwa ku bintu bitandukanye harimo ibinyabutabire bigize umuriro, ibitera umuriro n’uko wakwirindwa ndetse banahugurwa uko bakwitabara igihe mu bitaro hadutse inkongi.

    Umuyobozi w’ishami rya Polisi rishinzwe ubutabazi no kurwanya inkongi, Assistant Commissioner of Police (ACP) Paul Gatambira yavuze ko aya mahugurwa agamije kongera umubare w’abantu bafite ubushobozi bwo kwirwanaho habaye inkongi ndetse no kumenya uko bakwirinda ibitera inkongi.

    Yagize ati “Abatoranyijwe barimo guhugurwa bakazajya guhugura abandi harimo n’abo mu miryango yabo. Guhugura abantu benshi ni uburyo bwiza mu kurwanya no kwirinda inkongi n’ingaruka zayo.”

    Yakomeje agaragaza ko abahuguwe beretswe uko bakoresha ibikoresho bitandukanye mu kuzimya inkongi. Banibukijwe ko kwirinda inkongi bigomba kuba ingenzi kugira ngo hagabanywe impanuka zikunze guturuka ku nkongi.

    Kuwa Kane tariki ya 9 Ukuboza wari umunsi wa kabiri w’aya mahugurwa. Abahugurwa banahawe nomero za telefoni bazajya bifashisha bahamagara Polisi igihe habaye inkongi.

    Izo nimero ni: 111, 112 cyangwa bagahamagara 0788311023 ,ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya inkongi mu Ntara y’Amajyepfo.

    Ni inkuru dukesha Polisi y’u Rwanda

    source : https://ift.tt/3dFgs5a

  • Biyemeje kurwanya imirire mibi no kwimakaza isuku mu baturiye Kaminuza Gatolika y’u Rwanda #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Komite igiye kuyobora abanyeshuri biga muri Kaminuza Gatolika y
    Komite igiye kuyobora abanyeshuri biga muri Kaminuza Gatolika y’u Rwanda mu gihe cy’umwaka

    Byatangajwe na komite yari ihagarariye aba banyeshuri (CURSU), mu muhango wo kurahiza komite nshya igiye kuyobora aba banyeshuri mu gihe cy’umwaka.

    Silas Niyigena wari umuyobozi wa Komite icyuye igihe agira ati “Nyuma y’icyumweru kimwe gusa dutowe Coronavirus yahise yaduka, bituma tutabasha guhita dushyira mu bikorwa imihigo yacu, ariko twifashishije abiga mu ishami rya ‘Public Health’ na ‘nutrition’ twaje kubasha kujya mu bikoni by’umudugudu byo mu tugari dutandukanye twa Save, twigisha abaturage uko bategura indyo yuzuye.”

    Akomeza agira ati “Abacyumva ko kurya neza ari ukurya inyama, amafi n’amafiriti ndetse n’ibindi bihenze twabagaragarije ko ibyubaka umubiri, ibitera imbaraga n’ibirinda indwara bishobora kuboneka mu byo bihingira. Kubera ko imboga ari zo abantu bakunze kubura nyamara bashobora kuzihingira twagiye tubafasha kubaka uturima tw’igikoni.”

    Mu bindi bakoze harimo gutanga mituweli ku miryango 60 itishoboye, gusana inzu z’abatishoboye bane, kubaka ibikoni umunani n’ubwiherero butanu.

    Niyigena kandi ati “Tunishimira ko umudugudu wa ba mutima w’urugo wo mu Kagari ka Munazi wabonye igikombe cyo kuba waravuye habi ukagera heza, tubigizemo uruhare.”

    Marie Aimée Duterimbere ugiye kuyobora Komite nshya, avuga ko bazakomeza ibyo bikorwa bagenzi babo batangiye, bakazongeraho no gususurutsa abaturiye kaminuza bigamo.

    Ati “Tuzategura imikino y’umupira w’amaguru, tunabonereho kugaragariza abaturage ko siporo ari ingirakamaro mu gutuma umubiri umererwa neza, no kurwanya indwara zitandura nk’iy’umuvuduko w’amaraso n’izindi ndwara nka diyabete.”

    Ubuyobozi bwa kminuza na bwo ngo bwiteguye kubibafashamo nk’uko bivugwa na Padiri Laurent Ntaganta uyiyobora.

    Kaminuza gatolika y’u Rwanda yigamo abanyeshuri bagera ku 1400 biga mu mashami atandatu.


    source : https://ift.tt/3pQthzk

  • #COVID19: Mu Rwanda habonetse abanduye bashya 53 mu bipimo 11,477 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Nta muntu wishwe n’icyo cyorezo kuri uwo munsi, abamaze kwitaba Imana bose hamwe mu Rwanda bazize icyo cyorezo ni 1,344.

    source : https://ift.tt/31UcFOQ

  • Suwede yahaye u Rwanda doze miliyoni imwe y’inkingo za Covid-19 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Amb Teague ashyikiriza Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y
    Amb Teague ashyikiriza Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuzima doze z’inkingo za Moderna

    Izi nkingo zagejejwe mu bubiko bw’Ikigo gishinzwe ubuzima(RBC), mu cyanya cy’Inganda i Masoro, aho Ambasaderi wa Suwede mu Rwanda, Johanna Teague yazishyikirije Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuzima, Lt Col Dr Tharcisse Mpunga.

    Ni inkingo zizatangwa ku baturage bagera ku bihumbi 500 kuko gukingirwa byuzuye ku muntu umwe bisaba doze ebyiri z’uru rukingo.

    Lt Col Dr Tharcisse Mpunga ashimira Leta ya Suwede kuba yashyigikiye u Rwanda mu ntego rwihaye yo kuba rwakingiye Covid-19 abaturage barwo byibura 70% mu kwezi kwa Kamena k’umwaka utaha wa 2022.

    Yakomeje agira ati “Mbonereho gusaba Abanyarwanda kwitabira kwikingiza kuko inkingo zirahari, byadufasha kugira ngo ibihe byo gusoza umwaka ntibizatubere bibi.”

    Umunyamabanga wa Leta yavuze ko ubu u Rwanda rumaze kwesa umuhigo rwari rwarihaye wo gukingira 30% mu mpera z’uyu mwaka wa 2021, mu gihe ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe ubuzima(OMS) ryari ryasabye ibihugu gukingira nibura 10% by’abaturage babyo bitarenze ukwezi kwa Nzeri 2021.

    Ambasaderi Teague amaze gushyikiriza inkingo Lt Col Dr Mpunga, baganirije itangazamakuru
    Ambasaderi Teague amaze gushyikiriza inkingo Lt Col Dr Mpunga, baganirije itangazamakuru

    Ambasaderi wa Suwede, Johanna Teague ashimira u Rwanda kuba rutanga neza inkingo ku baturage barwo, akavuga ko nta gushidikanya ko izatanzwe zizakoreshwa neza.

    Ambasaderi Teague yakomeje agira ati “U Rwanda rubaye igihugu cya mbere kigenewe izi nkingo za Moderna nk’impano yo mu rwego rw’ubutwererane, zikaba ziyongera ku zitangwa muri gahunda ya COVAX”.

    Izo nkingo zikaba zazanye n’ibindi bikoresho byifashishwa mu kuzitera abantu bingana na miliyoni imwe Leta ya Suwede yahawe n’Ishami rya LONI ryita ku bana(UNICEF).

    Uretse Suwede, ibihugu by’i Burayi, Aziya na Amerika bikomeje gutanga doze z’inkingo zitandukanye ku bihugu bya Afurika n’ibindi biri mu nzira y’Amajyambere nk’uko Umuryango w’Abibumbye usaba kuzisaranganya.

    source : https://ift.tt/3IBg5Xw

  • Urubyiruko rweretswe ko rufite ibyarufasha kurandura ibibazo by’ubuzima bw’imyororokere n’ubwo mu mutwe – #rwanda #RwOT

    iAccelerator ifasha ba rwiyemezamirimo bato kubona amafaranga n’amahugurwa yo guteza imbere ubumenyi bwabo ngo batange ibisubizo, bahange n’udushya mu guhangana n’ibibazo bijyanye n’ubuzima bw’imyororokere, kuboneza urubyaro, ubuzima bwo mu mutwe n’ibindi bibangamira iterambere ry’abaturage by’umwihariko urubyiruko.

    Iyi gahunda yatangijwe mu 2016 nk’uburyo bwo guha urubyiruko urubuga rurufasha gutanga umusanzu warwo mu gushaka ibisubizo birambye ku bibazo bihari.

    Umuyobozi Mukuru wungirije muri Imbuto Foundation, Umutesi Geraldine, yagaragaje ko mu myaka itanu ishize hari imishinga yahanzwe, inafashwa kwaguka.

    Yagize ati “Kuva iAccelerator itangijwe mu 2016, hakiriwe abarenga 2500 bafite imishinga itanga ibisubizo by’ibibazo ku buzima bw’imyororokere mu rubyiruko. Muri bo 80 bahuguwe ku kunononsora imishinga no kuyimurikira abandi. Imishinga 11 yagizwemo uruhare na ba rwiyemezamirimo 36 yahawe inkunga n’andi mahugurwa y’inyongera biganisha ku gutangiza ishoramari.’’

    Igikorwa cyo gutangiza iAccelerator ku nshuro ya kane cyabereye muri Kaminuza y’u Rwanda, Ishami ry’Ubuvuzi kuri uyu 8 Ukuboza 2021.

    Mu ijambo yavuze ayitangiza, Umutesi yabwiye urubyiruko ko rufite ubushobozi bwo gukemura ibibazo birwugarije.

    Yakomeje ati “Mwiyizere, mwabishobora.’’

    Muri uyu mwaka iAccelerator izibanda ku bibazo by’ubuzima bw’imyororokere ndetse n’ubwo mu mutwe; izi ngingo zatoranyijwe hashingiwe ku bushakashatsi bwo mu mwaka ushize bwakozwe harebwa ibibazo byugarije umuryango.

    Umutesi yifashishije ijambo ry’Umuyobozi w’Ikirenga wa Imbuto Foundation, Madamu Jeannette Kagame, rivuga ko ‘buri kiragano kigira intego yacyo’ mu kubwira urubyiruko ko rufite amahirwe yo kugira ibyo rukora.

    Yakomeje ati “Iki ni igihe cyo guhanga udushya no kugaragaza impinduka. Ntidushidikanya ko mwifitemo ubushobozi bwo kuba ku isonga ry’impinduka zikenewe mu buzima bwanyu n’ubwa sosiyete mubarizwamo.’’

    Yabwiye urubyiruko ko rufite ubumenyi, ubushobozi n’ubushake bwo guhanga udushya.

    Ati “Ubuzima bwo mu mutwe bugomba gusigasirwa. Ubuzima bw’imyororokere ni ubuzima butugira abo turi bo. Tubitezeho umusanzu cyane ko mwiga mu ishami ry’ubuvuzi.’’

    iAccelerator icyiciro cya kane yatangijwe mu gihe u Rwanda rugihanganye n’icyorezo cya Covid-19, nacyo gishobora kubangamira ubuzima bwo mu mutwe.

    Ubwo yatangizwaga hanatanzwe ikiganiro cyagarutse ku ruhare rw’urubyiruko mu guhangana n’ibibazo byugarije urubyiruko.

    Iki kiganiro cyatanzwe n’abarimo Yvonne Uwamahoro, Umuyobozi wa Serivisi z’Ubuzima bwo mu Mutwe muri mHub Rwanda; Rwiyemezamirimo akaba n’Umuganga, Dr. Jean Berchmans Uwimana; Dusenge Ariane, Umuhuzabikorwa w’Ihuriro ry’Imiryango y’Abafite Ubumuga mu Rwanda (NUDOR) na Mick Ndayishimiye, watsinze muri iAccelerator 2019, abikesha umukino yise ‘Urukundo’. Cyayobowe na Christelle Giraneza.

    Ndayishimiye yahaye urubyiruko umukoro wo gutekereza ku mushinga utanga impinduka aho rutuye.

    Ati “Dufite ubumenyi n’ubushobozi sosiyete ishaka. Ntimwitinye kuko hari ibisubizo mwatanga ku bibazo bihari. Ubumenyi mufite mubukoreshe kugira ngo mwungure umuryango.’’

    Aba bose bahurije ku gushakira umuti ibibazo biri muri sosiyete bigizwemo uruhare na buri wese.

    Dusenge Ariane yasobanuye ko abafite ubumuga bagifite ibibazo byo kugera ku makuru ajyanye na serivisi z’ubuzima bw’imyororokere ariko bakwiye gufashwa.

    Ati “Abatanga serivisi barimo abajyanama b’ubuzima, abaganga n’abandi bahabwa ubushobozi bwo kubafasha. Ni imbogamizi ikomeye kuko bazi ko ubumuga ari ugucika akaguru cyangwa akaboko. Abantu bakeneye kumenya ibyerekeye ubumuga n’ibibazo ababufite bahura nabyo ngo babishakire umuti.’’

    Nyuma yo gutangiza ku mugaragaro iAccelerator, biteganyijwe ko kwakira imishinga bizasozwa ku wa 8 Mutarama 2022.

    Urubyiruko rwiyandikisha ni urufite imyaka iri hagati ya 18 na 30; rufite amahirwe yo guhabwa inkunga ya $10,000 yo gushyira mu bikorwa imishinga yabo, guhugurwa no kurushaho kuyinoza.

    Amafoto: Imbuto Foundation


    source : https://ift.tt/3oBHsZj

  • Ihurizo ku bisasu FAR yasabye mu 1992, bisa n’ibyahanuye indege ya Habyarimana – #rwanda #RwOT

    Ni indege yahanuwe mu mugoroba w’itariki 6 Mata 1994 ahagana saa Mbili n’igice, ubwo Perezida Habyarimana Juvénal wari kumwe n’abantu 11 bavanye mu rugendo i Dar es Salaam muri Tanzania bahuye n’isanganya ikomeye ubwo indege yari ibatwaye yaraswagaho ibisasu bibiri byo mu bwoko bwa misile, mu guhanuka igwa mu busitani bw’urugo rwe i Kanombe hafi y’ikibuga cy’indege, ntihagira urokoka.

    Kuva ubwo kugeza ubu ntabwo haraboneka amakuru yuzuye y’uburyo iyi ndege yahanuwe nubwo abashakashatsi batandukanye bagerageje gukora iyo bwabaga.

    Nubwo ibyabaye kuri iyi ndege byakomeje kuba inshoberamahanga, hari amakuru agaragaza ko ibisasu byayihanuye ingabo za Habyarimana zabyifuje guhera mu 1992 ubwo zari zugarijwe n’ibitero bya FPR Inkotanyi.

    Ibyabaye kuri iyi ndege byagiye biteza umwuka mubi hagati ya Guverinoma y’u Rwanda na Leta y’u Bufaransa, aho iki gihugu cy’i Burayi cyakunze kuyifashisha gishinja abayobozi b’u Rwanda kuri uku guhanura iyi ndege, mu gutwikira uruhare rwacyo mu mateka yagejeje kuri Jenoside yakorewe Abatutsi.

    Byafashe intera mu 2006 ubwo umucamanza w’Umufaransa Jean-Louis Bruguière utarigeze akoza ikirenge cye mu Rwanda, yasohoraga raporo ashinja bamwe mu ngabo zari iza FPR-Inkotanyi kuba mu barashe indege ya Habyarimana, ashyiraho n’impapuro zo guta muri yombi abagera ku icyenda.

    U Rwanda rwabihakanye rwivuye inyuma ndetse biza gutuma ibihugu byombi bicana umubano waje gusubukurwa mu 2009.

    Raporo Bruguière yayikoze agendeye ku buhamya yumviye i Paris atageze aho ibivugwa byabereye, ku buryo byatumye ikemangwa cyane n’abahanga, bagaragaza ko yakoranywe agahimano kuko yagendeye ku buhamya bw’abarwanya Leta y’u Rwanda batuye mu mahanga gusa, biganjemo abahunze igihugu nyuma yo gukora ibyaha n’amakosa akomeye.

    Mu 2012 u Rwanda rwahaye rugari abandi bacamanza nabo b’Abafaransa, Marc Trévidic na Nathalie Poux, bo babasha kugera mu gihugu ndetse batangaza ibitandukanye n’ibya Bruguière. Bavuze ko ibisasu byarashe indege ya Habyarimana byaturutse mu Kigo cya Gisirikare cya Kanombe cyacungwaga n’abamurinda, ko ntaho bihuriye n’Ingabo za FPR bivugwa ko zari i Masaka.

    Ibisasu byahanuye indege ya Habyarimana, ingabo ze zabyifuje mu 1992

    Muri Mutarama 1992, hari hashize umwaka n’amezi atatu FPR Inkotanyi itangije urugamba rw’amasasu rwo kubohora igihugu, nyuma yo gusaba kenshi ko Abanyarwanda bari mu mahanga bataha, bakimwa amatwi.

    Perezida Habyarimana yakunze kuvuga ko yatewe atunguwe ndetse bikemezwa n’igisirikare cye (FAR) cyavumbuye ko nta bwirinzi bw’ikirere gifite, bikaba ngombwa ko hasabwa ibikoresho.

    Mu bibazo FAR yari ifite, hari harimo ibikoresho byo kurinda ikirere, harimo n’imbunda zifashishwa mu guhanura indege mu gihe zaba zivogereye ikirere cy’u Rwanda.

    Tariki 17 Mutarama 1992, Col Laurent Serubuga wari Umugaba Mukuru w’Ingabo Wungirije yandikiye Minisitiri w’Ingabo, amumenyesha akaga bahuriye nako mu Ruhengeri na Rusumo, ubwo bajyaga guhanura indege imbunda bafite zikabatenguha.

    Muri iyo nyandiko ifite umutwe ugira uti “Possibilités des Moyens de Défense Aérienne et de Défense Anti Aerienne”, Col Serubuga yagize ati “Ndifuza kubagezaho imbogamizi batayo LAA yahuye nazo ubwo yashyiraga mu bikorwa ubutumwa bwayo bwa AA kubera ubushobozi buke bw’intwaro yahawe.”

    Yakomeje agira ati “Inshuro ebyiri zose nyakubahwa Minisitiri, amatsinda abiri yagiye mu butumwa muri Ruhengeri na Rusumo, guhanura indege zivogera ikirere cyacu ariko byarabananiye kuko indege zabaga ziri kugurukira hejuru cyane harenze ubushobozi bw’ibikoresho bya batayo.”

    Serubuga yavuze ko intwaro u Rwanda rwari rufite, zari zifite ubushobozi buke cyane bwo guhanura indege, ugereranyije n’aho indege bashakaga guhanura zigurukira.

    Ati “Intwaro iyo batayo ifite 37 mm double-barreled cannon ndetse na 14.5 mm AA mi, zikora ku ndege ziri kugurukira ku butumburuke bwo hasi, nka metero 1500 uvuye ku butaka.”

    “Kugira ngo tubashe kurinda ahari ubutumburuke bwo hagati (hagati ya metero 1500 na metero 7500), hakenewe izindi ntwaro zifite ubushobozi buhambaye ziri ku rwego rumwe n’iz’u Bufaransa, ubushobozi bwazo tukaba twabwometse kuri iyi baruwa.”

    Intwaro Serubuga yavuze ko zikenewe kandi ziberanye n’u Rwanda, ni izo mu bwoko bwa SAM 16 zikorerwa mu Burusiya. Izi ni nazo ntwaro byagaragaye ko zakoreshejwe ubwo indege ya Habyarimana yahanurwaga mu 1994.

    Muri iyi baruwa, Serubuga yashimagije izi ntwaro, avuga ko uretse kuba zishobora guhanura indege ziri hejuru cyane “zishobora no kurashishwa ziri ku modoka nto.”

    Hagaragajwe ko izi ntwaro “zihutirwa’, ahita atanga n’umubare w’izikenewe. Ati “Hakenewe intwaro 12 zirashisha SAM16 n’ibisasu byazo 120, muzirikana ko agatsinda gato k’abasirikare barasa kagizwe n’abantu bane barashisha imbunda ziremereye.”

    Mu mpamvu zitangwa n’abahakana ko indege ya Habyarimana yahanuwe n’abasirikare be, bavuga ko nta ntwaro za SAM 16 igisirikare cye cyagiraga, nyamara ntaho bagaragaza ko ubu busabe bwa Serubuga butubahirijwe.

    Hari inyandiko z’Urwego rushinzwe Iperereza ryo hanze y’Igihugu mu Bufaransa, DGSE, zigaragaza ko icyo gihugu cyari gifite amakuru ku bahanuye indege ya Habyarimana guhera ku wa 6 Mata 1994.

    Mu iperereza ryakozwe n’ibinyamakuru Radio France na Mediapart, byavumbuye inyandiko DGSE yandikiye abarimo Perezida Mitterand ku makuru uru rwego rwari rufite ku wahanuye indege yari itwaye Habyarimana.

    Inyandiko ibigaragaza ni iyo ku wa 22 Nzeri 1994 yashyizwe hanze na Minisiteri y’Ingabo ku wa 17 Nzeri 2015 mu gihe cy’iperereza ryakorwaga n’abacamanza Marc Trévidic na Nathalie Poux ku wahanuye indege ya Habyarimana.

    Ivuga ko ‘abahezanguni babiri’, “ba colonel [Théoneste] Bagosora wahoze ayobora Ibiro bya Minisitiri w’Ingabo na [Laurent] Serubuga’ ari bo batanze itegeko ryo guhanura indege ya Habyarimana.

    Ku wa 12 Nyakanga 1994 nyuma y’amezi abiri indege irashwe, DGSE nabwo yari yagaragaje ko yahanuwe n’abahezanguni b’Abahutu bagamije kwikiza Perezida Habyarimana wari wemeye kumvikana na FPR Inkotanyi.

    Igishimangira ko Abafaransa bari bazi neza ayo makuru, ni uko indege ya Habyarimana ikimara kugwa aribo ba mbere bahageze ndetse binavugwa ko aribo bajyanye agasanduku k’umukara kayo, kabika amakuru y’ingenzi y’ibyabaye ku ndege.

    Ibisasu byahanuye indege ya Habyarimana, ni kimwe n’ibyo ingabo ze zari zarasabye mu 1992

    Col Laurent Serubuga wigeze kuba Umugaba Mukuru wungirije w’Ingabo, ashyirwa mu majwi mu bahanuye indege ya Habyarimana

    Falcon 50, ubwoko bw’indege Habyarimana yagendagamo

    source : https://ift.tt/3EFqLC2