Tag: featured

  • FERWAFA yiseguye kubera umwambaro Amavubi azakinana CHAN wasibweho ‘Rwanda’ #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ku wa Gatandatu tariki 16/01/2021 nibwo ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi binyuze kuri Ferwafa yashyize hanze umwambaro uzakoreshwa muri CHAN 2021, umwambaro utaravuzweho rumwe n’abakurikirana umupira w’amaguru, ndetse n’abandi badasanzwe bawukurikira.

    Umwambaro w
    Umwambaro w’abanyezamu uri mu byakuruye impaka ku mbuga nkoranyambaga

    Umwambaro wabanje guteza impaka ni umwambaro w’abanyezamu ugaragaraho ahantu hari handitse Rwanda hasibwe ariko bigakomeza kugaragara, ndetse n’imyambaro yindi muri rusange yari isanzwe ikinishwa kuva mu mwaka wa 2018.

    Ferwafa ibinyujije ku rubuga rwa Twitter, yasobanyuye ko icyatumye ayo makosa akorwa ari igihe kitari gihagije ndetse n’icyorezo cya COVID-19, isaba imbabazi ku makosa yabaye ndetse ivuga ko ubutaha ku bufatanye na Ministeri ya Siporo izayakosora.

    Ibaruwa irambuye ya Ferwafa isobanura ikibazo

    source https://www.kigalitoday.com/imikino-11/football/article/ferwafa-yiseguye-kubera-umwambaro-amavubi-azakinana-chan-wasibweho-rwanda

  • Burera:Babiri bafatanwe ibiro 10 by’urumogi bakwirakwizaga mu baturage – #rwanda #RwOT

    Umuyobozi wa Polisi mu Karere ka Burera, Superintendent of Police (SP) Aphrodis Nkundineza yavuze ko gufatwa kw’aba bantu byagizwemo uruhare n’abaturage aho bahaye Polisi y’u Rwanda amakuru ikabasha kubafata.

    Yagize ati “Hari abaturage bari bazi neza ko bacuruza urumogi. Babibwiye abapolisi bo mu ishami rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge(ANU) bahita bafatwa.”

    SP Nkundineza akomeza avuga ko urumogi barukura mu gihugu cya Uganda. Umwe ni we wari umucuruzi warwo aruhabwa n’Abagande mu gihe undi yari ushinzwe gushaka abakiliya.

    Umuyobozi wa Polisi mu Karere ka Burera yashimiye abaturage batanze amakuru bakayatangira ku gihe. Yibukije abishora mu bikorwa byo gukoresha ibiyobyabwenge ko nta mahirwe bazagira kuko k’ubufatanye n’abaturage bazajya bafatwa bagafungwa.

    Abafashwe uko ari babiri bashyikirijwe Urwego rushinzwe ubugenzacyaha(RIB) rukorera muri sitasiyo ya Polisi ya Bungwe kugira ngo bakorerwe idosiye.

    Ingingo ya 5 y’Iteka rya Minisitiri Nº001/MoH/2019 ryo ku wa 04/03/2019 rigena urutonde rw’ibiyobyabwenge n’ibyiciro byabyo, rishyira urumogi mu biyobyabwenge bihambaye.

    Itegeko nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, ingingo ya 263 ivuga ko umuntu wese ukora, uhinga, uhindura, utunda, ubika, uha undi, ugurisha mu gihugu ibiyobyabwenge cyangwa urusobe rw’imiti ikoreshwa nka byo mu buryo bunyuranyije n’amategeko, aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n’urukiko igihano kiba igifungo cya burundu n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda arenze miliyoni makumyabiri (20.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni mirongo itatu (30.000.000 FRW).

    Bafatanywe ibiro icumi by’urumogo bacuruzaga mu baturage

    source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/burera-babiri-bafatanwe-ibiro-10-by-urumogi-bakwirakwizaga-mu-baturage

  • Covid-19 iratwegereye cyane, tubyibazeho neza itatwegera kurushaho – Minisitiri Busingye #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Minisitiri Busingye yaburiye abantu ko badakwiye gukinisha icyorezo cya COVID-19
    Minisitiri Busingye yaburiye abantu ko badakwiye gukinisha icyorezo cya COVID-19

    Ministiri Busingye yahaye Kigali Today ibisubizo ku cyo Leta itekereza ku mibare y’ubwiyongere bw’abandura n’abicwa na Covid-19 irushaho kuzamuka muri iyi minsi.

    Ku itariki 05 y’uku kwezi kwa Mutarama 2020 Minisitiri Busingye yari yanyujije ubutumwa kuri ‘Twitter’ aca amarenga y’uko hashobora gusubiraho gahunda ya “Guma mu rugo” mu gihe “Guma mu Karere” yaba idatanze umusaruro.

    Yari yagize ati “2021 iratangiye ariko Covid iravuza ubuhuha!! Imaze kudutwara 105. Kimwe cya kabiri muri bo yabatwaye mu kwezi k’Ukuboza 2020, kandi abarembye si bake. Inkuru ya Covid-19 ubu ni incamugongo. Guma mu Karere nidatanga igisubizo murumva ikizakurikiraho. Twirinde ku bushake nyabuna!”

    Iyo gahunda ya “Guma mu Karere” yari yaraye ishyizweho n’Inama y’Abaminisitiri yateranye ku itariki 04 Mutarama 2021, hemezwa ko indi nama yo gufata ingamba nshya izongera guterana nyuma y’iminsi 15 (birashoboka ko ari ku wa mbere tariki 18).

    Uretse abari bamaze kwicwa na Covid-19 banganaga na 105, abarwayi bashya bari babonetse uwo munsi bari 172, ndetse umubare w’abari baragezweho n’icyorezo wose wari ugeze ku 8,848 ariko hari hamaze gukira abagera ku 6,816.

    Ku mugoroba wo ku wa Gatandatu tariki 16 Mutarama 2021, mu kiganiro Minisitiri Busingye yagiranye n’umunyamakuru wa Kigali Today, yagize ati “Covid-19 iratwegereye cyane, buri cyemezo dufata tubanze tukibazeho neza kitaba ari ikiyitwegereza kurushaho”.

    Minisitiri Busingye yagaragaje uburyo “icyorezo kigenda kimera nabi uko umunsi uhise” nk’uko bitangazwa na Minisiteri y’Ubuzima, aho ku wa 11 Mutarama abari bamaze kwitaba Imana bari 120, nyuma y’iminsi ine gusa baba biyongereyeho abangana na 18.

    Yavuze ko imigirire yose itanga icyuho cyo kwandura abantu bagomba kuyivaho kandi ingamba zo kwirinda bibutswa buri gihe zikubahirizwa nta kujenjeka.

    Muri uku kwezi kwa Mbere imibare y’abandura Covid-19 ndetse n’abo ihitana yakomeje kuzamuka, dore ko nko ku wa Gatanu tariki 15 Mutarama 2021, mu Rwanda abantu batanu bitabye Imana bishwe na COVID-19, haboneka abantu bashya 257 banduye COVID-19, naho 54 mu bari barwaye barakize.

    Ku wa Gatandatu tariki 16 Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya 277, naho 165 mu bari barwaye bakize, abapfuye kuri uwo munsi bari babiri.

    Ku Cyumweru tariki 17 Mutarama 2021 nabwo hongeye kuboneka umubare uri hejuru w’abantu 182 basanzwemo COVID-19, abapfuye ni babiri, naho 170 mu bari barwaye bakize.

    Muri rusange kugeza ku Cyumweru, mu Rwanda abari bamaze kwandura icyo cyorezo ni 11,032 muri bo abamaze gukira ni 7,363 naho abakivurwa ni 3,527. Abantu 142 ni bo bamaze kwicwa n’iki cyorezo kuva cyagera mu Rwanda muri Werurwe 2020.


    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/covid-19-iratwegereye-cyane-tubyibazeho-neza-itatwegera-kurushaho-minisitiri-busingye

  • MINEDUC yasobanuye byimbitse icyabaye intandaro yo gufunga amashuri yo muri Kigali – #rwanda #RwOT

    Ni icyemezo cyabaye nk’igitungurana cyane ko ibindi byemezo nk’ibi bisanzwe bifatirwa mu Nama y’Abaminisitiri itari yateranye kuri uwo munsi, ndetse kikaba cyaje mu gihe abanyeshuri bo mu mashuri y’incuke n’abo mu cyiciro cya mbere cy’abanza biteguraga gusubukura amasomo kuva yahagarikwa muri Werurwe 2020.

    Mu kiganiro Minisitiri w’Uburezi, Dr Uwamariya Valentine yagiranye na RBA, yavuze ko bafashe icyemezo cyo guhagarika amashuri yigenga n’aya Leta yo mu Mujyi wa Kigali kubera ubwandu bwinshi bumaze igihe buhagaragara.

    Ati “Nibyo koko iki cyemezo kirareba Umujyi wa Kigali kubera ko nk’uko mumaze iminsi mubibona, imibare y’abandura icyorezo cya Covid-19 irazamuka mu buryo bukabije ndetse hakiyongeraho no kubura abantu.”

    “Nyuma yisesengura dufatanyije na Minisiteri y’Ubuzima twasanze ari byiza ko ibi byiciro by’amashuri y’incuke abanza, ayisumbuye hamwe n’ay’imyuga n’ubumenyangiro yaba aya Leta, yaba amashuri yigenga dushyizemo n’amashuri mpuzamahanga byose biraba bihagaze guhera kuri iyi tariki ya 18 Mutarama kuri uyu wa Mbere. Nyuma y’ibyumweru bibiri hazongera hakorwe isesengura turebe niba aya mashuri yakongera gufungura.”

    Minisiri Uwamariya yavuze ko abanyeshuri biga mu Mujyi wa Kigali ariko bacumbikiwe mu bigo by’amashuri bazakomeza kuhaba, ndetse bagafashwa mu buryo bwose bushoboka burimo no gusubiramo amasomo.

    Yavuze ko iki cyemezo bagifashe mu rwego rwo kwanga ko abana bakongera gukora ingendo zibasubiza mu rugo ugasanga bazigiriramo n’ibyago byo kwandura.

    Ati “Itangazo risobanura ko abari mu bigo bazagumamo kuko burya gusohoka mu mashuri bajya mu miryango, barataha mu bice bitandukanye by’igihugu kuko bose buriya ntabwo batuye mu Mujyi wa Kigali, ni byiza ko abasanzwe baba mu bigo bagumamo.”

    Ku bijyanye no kuba iki cyemezo kizahungabanya ingengabihe y’amasomo, Minisitiri Uwamariya yavuze ko bitabura ariko yemeza ko nyuma y’ibyumweru bibiri bitewe n’uko ibintu bizaba bihagaze bazicara bakareba icyakorwa.

    Ati “Ingengabihe yacu isa n’iyahungabanye kuko murabizi bamwe batangiye mu Ugushyingo abandi bagiye gutangira ejo, kubera iki cyorezo buriya tuzajya tureba uko amasomo agenda bitewe nuko gihagaze kuko uyu munsi dushobora kuba tuvuze ko dufunze Umujyi wa Kigali, ejo bundi byagaragara ko no mu kandi karere bibaye ngombwa tukaba duhagaritse. »

    “Tuzagenda tureba umwihariko wa buri hose ariko icyo tuzakora ni uko ntabazasigara inyuma. Birumvikana harimo ihungabana ry’ingengabihe ariko nta kundi twagira tuzagerageza ku bihuza n’uko icyorezo kizaba gihagaze. […] Tugize amahirwe nyuma y’ibyumweru bibiri tukongera tugafungura tuzareba icyo ingengabihe y’Umujyi wa Kigali twayikoraho.”

    Mu ntara amasomo arakomeje

    Bitandukanye n’Umujyi wa Kigali, Minisiteri y’Uburezi yatangaje ko mu zindi ntara amasomo azakomeza nk’uko byari bikwiye ndetse ko ntacyahindutse ku matariki yo gutangira ku banyeshuri b’incuke n’abo mu cyiciro cya mbere cy’abanza.

    Minisitiri Uwamariya yasabye ababyeyi bo mu Ntara gutegura abana bazasubukura amasomo kuko kuri bo nta cyahindutse.

    Ati “Mu turere tundi amasomo arakomeza bivuze ko n’iki cyiciro cyagombaga gutangira amashuri baratangira, ababyeyi bakomeze bategure abana.”

    Ku bijyanye n’ababyeyi bari barishyuye amafaranga y’ishuri, Minisitiri Uwamariya yabasabye gutuza, ashimangira ko nta shuri rizongera kubishyura amafaranga y’ishuri igihe amasomo azaba asubukuwe.

    Mu Ukwakira 2020 nibwo Minisiteri y’Uburezi yafashe icyemezo cyo kongera gufungura amashuri nyuma y’amezi arindwi yari amaze afunzwe, ni icyemezo cyagiye gishyirwa mu bikorwa mu byiciro.

    Ku wa 2 Ugushyingo 2020, hatangiye abanyeshuri bo mu mashuri abanza biga mu mwaka wa Gatanu n’uwa Gatandatu. Uwo munsi kandi hatangiye abo mu yisumbuye biga mu mwaka wa Gatatu, uwa Gatanu n’uwa Gatandatu.

    Hatangiye kandi abanyeshuri bo mu mashuri y’Ubumenyi ngiro bari mu mwaka wa Gatatu n’uwa Gatanu ndetse n’abo mu y’Inderabarezi bo mu mwaka wa Mbere n’uwa Gatatu.

    Ikindi cyiciro ni icy’abanyeshuri batangiye igihembwe cya kabiri ku wa 23 Ugushyingo 2020. Muri iki cyiciro hatangiye abanyeshuri biga mu mwaka wa Kane w’amashuri abanza, n’abo mu yisumbuye biga mu mwaka wa Mbere, uwa Kabiri n’uwa Kane. Abo mu mashuri y’incuke n’icyiciro cya mbere cy’abananza bazatangira ku wa 18 Mutarama 2021 uretse abo mu Mujyi wa Kigali.

    Dr Uwamariya yatangaje ko nyuma y’ibyumweru bibiri bazicara bagasuzuma uko icyorezo gihagaze, bakareba niba amashuri ashobora gufungura

    source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/minisitiri-dr-uwamariya-yakomoje-ku-cyabaye-intandandaro-yo-gufunga-amashuri-yo

  • Kigali: Polisi yafatiye abantu 13 mu rugo rw’umuturage barenze ku mabwiriza yo kurwanya COVID-19 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Eric Kabera, umwe mu bantu 13 bari batumiwe mu birori bya Ndayiragije
    Eric Kabera, umwe mu bantu 13 bari batumiwe mu birori bya Ndayiragije

    Abantu bose bamaze kugera mu rugo rwa Ndayiragije yahaye amabwiriza ushinzwe kurinda urugo ko atagira umuntu uwo ari we wese yemerera kwinjira kabone n’iyo baba abashinzwe umutekano. Niko byageze kuko abapolisi bamaze kumenya amakuru y’abo bantu, ushinzwe umutekano yabujije abapolisi kwinjira mu gipangu.

    Mu rugo kwa Ndayiragije hari hateraniye abantu baturutse mu bice bitandukanye muri Kigali
    Mu rugo kwa Ndayiragije hari hateraniye abantu baturutse mu bice bitandukanye muri Kigali

    Tuyizere Fidele ni umukozi ushinzwe gucunga umutekano muri bimwe mu bigo byigenga bicunga umutekano. Yabwiye itangazamakuru ko mu ijoro nka saa tanu abantu baje mu rugo yari ashinzwe kurinda bari baje mu birori. Bamaze kugera mu rugo batangiye gusakuza cyane, abapolisi baje kureba ibyabaye ababuza kwinjira kuko ari amabwiriza yari yahawe na Ndayiragije Prosper ari we nyiri urugo.

    Tuyizere yagize ati “Abapolisi baje ari nijoro bari mu kazi bagera aho nkorera basanga hari urusaku, barakomanga bansaba kubakingurira ngo binjire ndabyanga kuko ni yo mabwiriza nari nahawe na Ndayiragije. Hashize umwanya munini nabujije abapolisi kwinjira ariko nyuma byatinze naje kubemerera barinjira.”

    Tuyizere aremera amakosa yakoze yo kubangamira inzego z’umutekano zari mu kazi bigatwara umwanya munini kugira ngo babashe kwinjira mu gipangu.

    Ndayiragije Prosper yari yatumiye abantu iwe atanga amabwiriza yo kubuza abapolisi kwinjira mu gipangu
    Ndayiragije Prosper yari yatumiye abantu iwe atanga amabwiriza yo kubuza abapolisi kwinjira mu gipangu

    Ndayiragije Prosper wari watumije abantu mu rugo rwe aremera ko yari yatumiye abantu 13 bakaza mu rugo rwe baturutse mu bice bitandukanye by’umujyi wa Kigali. Aremera ko abapolisi baje iwe umuzamu akababuza kwinjira, anavuga ko yemera ko ibyo yakoze byo gutumira abantu harimo ibyago byinshi byo gukwirakwiza icyorezo cya COVID-19.

    Yagize ati “Koko abapolisi baje ushinzwe kurinda igipangu ababuza kwinjira, ibyo nakoze ni amakosa kuba natumiye abantu bakaza iwanjye kandi ibirori bitemewe muri ibi bihe turimo.”

    Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, Commissioner of Police(CP) John Bosco Kabera yagaye cyane bariya bantu uko ari 13 kuba barenze ku mabwiriza nkana bagateranira mu birori kandi babizi neza ko bashobora kwanduzanya COVID-19.

    Ati “Bariya bantu hari abaturutse mu Karere ka Gasabo, abaturutse mu Karere ka Kicukiro, abavuye mu Karere ka Nyarugenge bose baza guteranira mu birori kandi babizi neza ko amabwiriza yo kurwanya ikwirakwira rya COVID-19 atabyemera. Bamwe muri bo bashobora kuba baranduye bakaza kwanduza abandi na bo bakazajya kwanduza abo babana mu rugo n’abo bakorana.”

    Yakomeje avuga ko bariya bantu uko ari 13 bagomba gucibwa amande ndetse bakanipimisha ku mafaranga yabo hakarebwa ko hatarimo abanduye COVID-19. CP Kabera akomeza avuga ko bariya bantu bakoze n’ikindi cyaha cyo kwigomeka ku nzego z’umutekano ziri mu kazi.

    Ati “Abapolisi bari mu kazi bageze ku rugo rw’uriya Ndayiragije ababuza kwinjira mu rugo, hazakorwa iperereza nibiramuka bigaragaye ko ari byo bazakurikiranwaho icyaha cyo kwigomeka ku nzego za Leta ziri mu kazi k’umutekano, bazabihanirwa.”

    Gatete Ruhumuriza yari afite amahane yitwaje ko azi amategeko
    Gatete Ruhumuriza yari afite amahane yitwaje ko azi amategeko

    Umuvugizi wa Polisi yashimiye abaturage bakomeje gutanga amakuru ku bantu barenga ku mabwiriza yo kurwanya COVID-19 asaba n’abandi gukomeza gutanga amakuru kandi bakayatangira ku gihe. Yavuze ko hari abantu bakomeje kurenga ku mabwiriza bakibwira ko Polisi itabimenye, yavuze ko abatarafatwa ari igihe kitaragera ariko amaherezo bazafatwa.

    Ni inkuru dukesha Polisi y’u Rwanda


    source https://www.kigalitoday.com/umutekano/imbere-mu-gihugu/article/kigali-polisi-yafatiye-abantu-13-mu-rugo-rw-umuturage-barenze-ku-mabwiriza-yo-kurwanya-covid-19

  • Inka eshanu ku munani zari zibwe zagaruwe mu Rwanda zivuye muri Uganda #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Iburasirazuba ni hamwe mu higanje ubworozi bw
    Iburasirazuba ni hamwe mu higanje ubworozi bw’inka mu Rwanda

    Avuga ko mu gitondo cyo ku wa 16 Mutarama 2021, abantu bo muri Uganda bazindutse bohereza inka eshanu ku munani zari zibwe ku wa 14 Mutarama 2021 ku masaha y’igicamunsi.

    Ayo matungo yahise ashyikirizwa ba nyirayo mu Mudugudu wa Nyagatare mu Kagari ka Gishuro mu Murenge wa Tabagwe.

    Munyangabo Célestin uyobora Umurenge wa Tabagwe avuga ko izindi nka eshatu zisigayeyo na zo bafite icyizere ko zizagaruzwa.

    Avuga ko kuzigaruza bidasaba ihererekanya ahubwo ko abantu bari muri Uganda bazirekura zikizana kuko aho zakuwe nta mugezi cyangwa ikindi gihari cyazibuza kwizana.


    source https://www.kigalitoday.com/umutekano/imbere-mu-gihugu/article/inka-eshanu-ku-munani-zari-zibwe-zagaruwe-mu-rwanda-zivuye-muri-uganda

  • Pasiteri Majyambere Joseph wayoboraga Itorero Umuriro wa Pantekote yitabye Imana – #rwanda #RwOT

    Inkuru y’urupfu rwa Pasiteri Majyambere yamenyekanye ku mugoroba wo kuri iki Cyumweru.

    Amakuru IGIHE yamenye ni uko nyakwigendera yari amaze iminsi arwaye.

    Pasiteri Majyambere Joseph yamenyekanye cyane ubwo yavaga muri ADEPR. Mu buhamya bwe yavugaga ko yatotejwe, agakubitwa agafungwa inshuro nyinshi hagatangwa n’amafaranga ngo yicwe azira ko yanze kunywesha agakombe ku ifunguro ryera.

    Mu 2001 nibwo ngo Itorero ADEPR, ryasabye abapasiteri gusinyira ko bashaka impinduka mu bijyanye n’uburyo batangaga ifunguro ryera/igaburo cyangwa se guhazwa ku Bakirisitu Gatolika.

    Icyo gihe Pasiteri Majyambere Joseph n’abandi bapasiteri babwiwe impamvu zitandukanye bagomba guhindura uburyo bajyaga ku ifunguro ryera zirimo kuba iri torero riri kugenda ritera imbere ari nako rizamo abantu basobanutse (bajijutse) badashaka gusangira n’abaciriritse ku gikombe, kuba hari indwara zandurira mu gusangirira n’izindi mpamvu zitandukanye.

    Aba bapasiteri ntibabyemeye maze bayobowe na Pasiteri Majyambere, bakora icyitwa ‘kwicomokora’ ni ukuvuga kwitandukanya na ADEPR, bashinga itorero ryabo. Ibi ariko ntibyabujije abasigaye muri ADEPR gukoresha udukombe twinshi ku igaburo.

    Abayoboraga ADEPR ntibashimishijwe n’icyemezo cye kuko babonaga ko agiye kubatwara abayoboke dore ko icyo gihe asohoka, abakirisitu basaga 3000 muri iryo torero mu Mujyi wa Kigali bamugannye.

    Pasiteri Majyambere hari igihe yafunzwe umwaka n’igice muri Gereza ya Nyarugenge [1930], azira ko yitandukanyije na ADEPR, akaza kugirwa umwere kuko basanze ibyo yashinjwaga nta kuri kurimo.

    Itorero Umuriro wa Pantekote rigizwe n’abasaga ibihumbi 10 biganjemo abitandukanyije na ADEPR. Icyicaro cyaryo kiri i Kibagabaga mu Murenge wa Kimironko mu Karere ka Gasabo. Rifite Ishami muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na Uganda.

    Pasiteri Majyambere Joseph wayoboraga Itorero Umuriro wa Pantekote yitabye Imana

    Pasiteri Majyambere Joseph yitabye Imana nyuma y’iminsi yari amaze arwaye

    Inyubako ikoreramo Itorero Umuriro wa Pantekote iherereye i Kibagabaga mu Mujyi wa Kigali

    source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/pasiteri-majyambere-joseph-wayoboraga-itorero-umuriro-wa-pantekote-yitabye

  • Mu Rwanda abantu 182 babasanzemo COVID-19, abapfuye ni babiri #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abishwe na COVID-19 ku Cyumweru ni abagabo babiri b’imyaka 61 na 60 i Kigali.

    Bahise buzuza umubare w’abantu 142 bamaze kwicwa n’iki cyorezo kuva cyagera mu Rwanda muri Werurwe 2020.

    Minisiteri y’Ubuzima kandi yatangaje ko ku Cyumweru mu Rwanda habonetse abantu bashya 182 banduye COVID-19, naho 170 mu bari barwaye bakize.

    Abo barwayi bashya 182 babonetse mu bipimo 5,395 bakaba barimo ababonetse i Kigali: 128, Kirehe: 13, Gatsibo: 10, Rwamagana: 6, Rulindo: 6, Musanze: 5, Rubavu: 5, Gicumbi: 4, Huye: 2, Nyaruguru: 1, Ngoma: 1, Nyagatare: 1.

    Kugeza ku Cyumweru, mu Rwanda abari bamaze kwandura icyo cyorezo ni 11,032 muri bo abamaze gukira ni 7,363 naho abakivurwa ni 3,527.

    source https://www.kigalitoday.com/ubuzima/indwara/article/mu-rwanda-abantu-182-babasanzemo-covid-19-abapfuye-ni-babiri

  • MINAGRI yasobanuye ikibazo cy’amafi yororerwaga muri Muhazi yapfuye bitunguranye #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Urwo rubyiruko rwibumbiye muri koperative Hagurukadukore Fumbwe, iherereye mu Murenge wa Fumbwe mu Karere ka Rwamagana mu Ntara y’Iburasirazuba.

    Ukuriye iyo koperative, Aimable Musengimana, yavuze ko ayo mafi yari amaranye iminsi intege nke ariko ntibasobanukirwe.

    Ati “Mu minsi nk’itatu ishize amafi yacu yagaragaje umunaniro ku buryo wanayagaburiraga ukabona adashaka kurya, tuba turetse ngo turebe niba atari ikibazo cy’umwuka muke mu kiyaga. Uyu munsi mu masaha y’ijoro nibwo abakozi bararira aho yororerwa baduhamagaye batubwira ko amafi arimo kureremba yanapfuye, twihutiye kujyayo tugezeyo izo dukuyemo zose dusanga zimeze nk’aho hashize iminsi zarapfuye”.

    Yakomeje avuga ko urupfu rw’ayo mafi arenga ibihumbi bine rwababereye amayobera kuko ntacyo bayakoreye kidasanzwe.

    Musengimana yongeraho ko kugeza mu masaha y’umugoroba ayo mafi yari agipfa, akavuga ko kugeza ubu babara igihombo cya miliyoni zigera kuri zirindwi, kuko amafi yari akuze ndetse ko bari bagiye kuyagurisha, agasaba ubufasha kugira ngo babone ibiryo byo kugaburira izasigaye kuko nta mafaranga basigaranye kuri konti, ngo bari bayizeye mu zagombaga kugurishwa.

    Ku rubuga rwa Twitter rwa Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI), iyo Minisiteri yagize icyo ivuga ku rupfu rw’ayo mafi.

    Igira iti “Guhera ku wa kane tariki 14 Mutarama 2021, amafi muri kareremba yatangiye kureremba asamira umwuka hejuru, noneho guhera ku wa Gatandatu tariki 16 Mutarama 2021 mu ma saa kumi n’imwe (17:00) atangira gupfa”.

    “Gupfa kw’ayo mafi byatewe no kwivangavanga kw’amazi mu kiyaga kwatewe n’imvura imaze iminsi igwa, hanyuma amazi akanduzwa n’ibimera byo mu mazi bisanzwe biba mu ndiba y’ikiyaga, byagabanyije umwuka usanzwe uhumekwa n’amafi. Amasoko ya kareremba yazibye kubera urubobi rwo mu mazi n’indi myanda ituruka ku biryo bisigara bagaburira amafi, bituma ihinduranya ry’amazi muri kareremba rigabanuka”.

    MINAGRI ivuga ko icyakozwe kugira ngo amafi adakomeza gupfa, ari ukwimura kareremba zijyanwa ahari ubujyakuzimu bwisumbuyeho, ndetse hari n’imiyaga yihuta ituma ihinduranya ry’amazi muri kareremba ryihuta.

    Iyo Minisiteri kandi yasabye aborozi b’amafi kujya batanga amakuru ku gihe ku Kigo cy’igihugu cyita ku buhinzi n’ubworozi (RAB) cyangwa ku bakozi b’uturere n’imirenge bashinzwe ubworozi aho bororera, mu gihe babonye imyitwarire cyangwa ibimenyetso bidasanzwe ku mafi nko kwanga kurya, kogera hejuru araramye ashaka umwuka, kogesha urubavu, kureremba, kujunjama n’ibindi.

    Basabwa kandi gukomeza kugirira isuku za kareremba, kugurisha amafi akuze atarapfa ndetse no kwirinda kurya amafi yipfushije cyangwa kuyagurisha.

    Koperative Hagurukadukore Fumbwe ifite abanyamuryango 18, ikaba yari imaze igihe yororera amafi muri Muhazi yifashishije za kareremba.

    source https://www.kigalitoday.com/ubuhinzi/ubworozi/article/minagri-yasobanuye-ikibazo-cy-amafi-yororerwaga-muri-muhazi-yapfuye-bitunguranye

  • Minagri yavuze icyatumye amafi yororerwaga mu Kiyaga cya Muhazi apfa, inakomoza ku ngamba zafashwe – #rwanda #RwOT

    Ibi byatangajwe nyuma yaho mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru tariki ya 17 Mutarama 2021 mu Mudugudu wa Kingara mu Kagari ka Mununu mu Murenge wa Fumbwe mu Karere ka Rwamagana, hagaragaye amafi yororwaga na Koperative y’Urubyiruko ya Hagurukadukore areremba hejuru y’amazi amenshi yapfuye.

    Minagri yavuze ko ibyavuye mu bugenzuzi yakoze yasanze ikibazo cy’aya mafi cyatangiye ku wa Kane tariki ya 14 Mutarama 2021 ubwo amafi mu yari muri kareremba yatangiraga kureremba asamira umwuka hejuru. Guhera ku wa Gatandatu tariki ya 16 Mutarama 2021 saa 17h00 amafi yatangiye gupfa. Ku Cyumweru saa 02h00 apfa ari menshi.

    Minagri yavuze ko icyatumye aya mafi apfa byatewe no “Kwivangavanga kw’amazi mu kiyaga kwatewe n’imvura imaze iminsi igwa maze amazi akanduzwa n’ibimera byo mu mazi bisanzwe biba mu ndiba y’ikiyaga bikaba byagabanyije umwuka uhumekwa n’amafi. Amaso ya kareremba yazibye kubera urubobi rwo mu mazi n’indi myanda ituruka ku biryo bisigara bagaburira amafi. Ibi byatumye ihinduranya ry’amazi muri kareremba rigabanuka.”

    -  Icyakozwe kugira ngo gupfa kw’amafi bihagarare

    Minagri yavuze ko bimwe mu byakozwe kugira ngo amafi ntakomeze gupfa harimo kuba “Kareremba zimuwe zijyanwa ahari ubujyakuzimu bwisumbuyeho (zavuye kuri 6.6m zijyanwa kuri 8.2m). Zanajyanywe ahari imiyaga yihuta ituma ihinduranya ry’amazi muri kareremba ribaho ku buryo bwihuse.”

    Mu bindi byakozwe harimo gusukura (koza) za kareremba zigakurwamo urubobi n’indi myanda harimo n’amafi yapfuye, gukurikirana abandi borozi b’amafi baturanye n’ahagaragaye ikibazo mu rwego rwo gukumira ko amafi yongera gupfa, gukurikiza amabwiriza yo gutegura no gusukura za kareremba zasaruwe mbere yo kongera kuziteramo amafi ndetse no gutera abana b’amafi bavuye ahantu hizewe.

    Minagri yavuze ko yasanze hamaze gupfa amafi asaga 3700 ku mafi 10 000 yororwa n’iyi koperative bikaba bitandukanye n’ibyavugwaga n’abayobora iyi koperative ko hamaze gupfa arenga 7 000.

    Koperative Haguruka Dukore igizwe n’abanyamuryango 18 bose b’urubyiruko yatangiye mu mwaka wa 2017 ikaba isanzwe yororera amafi mu Kiyaga cya Muhazi ikayagurisha hirya no hino mu Rwanda.

    -  Inkuru wasoma: Amayobera ku mafi yororerwaga mu kiyaga cya Muhazi yasanzwe areremba hejuru yapfuye

    Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi yavuze icyatumye amafi yororerwaga mu Kiyaga cya Muhazi apfa

    Yasanze gupfa kw’amafi kwatewe no kwivangavanga kw’amazi mu kiyaga kwatewe n’imvura imaze iminsi igwa ndetse n’amaso ya kareremba yazibye kubera urubobi rwo mu mazi n’indi myanda ituruka ku biryo bisigara bayagaburira

    Minagri yavuze ko yasanze hamaze gupfa amafi asaga 3700 ku mafi 10 000 yororwa aho mu Kiyaga cya Muhazi

    source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/minagri-yavuze-icyatumye-amafi-yororerwaga-mu-kiyaga-cya-muhazi-apfa-inakomoza