Tag: featured

  • Gukora Siporo muri Kigali utarenze Umudugudu wawe biremewe #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Nyuma y’iki cyemezo, Minisiteri ya Siporo mu Rwanda (MINISPORTS), yatangaje ko abatuye muri Kigali batemerewe ibikorwa bya siporo rusange. Icyakora abantu bemerewe gukorera siporo mu ngo zabo, cyangwa bakayikora batarenze imbibi z’Umudugudu batuyemo.

    Itangazo ry’iyo Minisiteri kandi risaba abakora siporo kuyikora bubahiriza ingamba zo kwirinda Covid-19, birinda gukorera siporo mu matsinda.

    Ubwandu bwa Covid-19 bwakomeje kwiyongera cyane kuva mu mpera z’Ukuboza 2020, aho imibare myinshi y’abanduye ndetse n’abapfa igaragara mu Mujyi wa Kigali.

    source https://www.kigalitoday.com/imikino-11/ngororangingo/article/gukora-siporo-muri-kigali-utarenze-umudugudu-wawe-biremewe

  • Uko byari byifashe Nyabugogo ku munsi wa mbere wa Guma mu Rugo muri Kigali – #rwanda #RwOT

    Ni amabwiriza yashyizweho kuri uyu wa 18 Mutarama n’Inama y’Abaminisitiri yateranye hifashishijwe ikoranabuhanga, ikayoborwa na Perezida Paul Kagame, aho yategetse ko Umujyi wa Kigali ushyirwa muri Guma mu Rugo y’iminsi 15, kugira ngo inzego z’ubuzima zibashe gukurikirana neza imiterere y’ubwandu bwa Coronavirus mu gihugu “bugeze ku gipimo giteye inkeke mu Murwa Mukuru w’u Rwanda”.

    Aya mabwiriza yagombaga guhita atangira kubahirizwa, gusa yasanze hari abantu bamwe batari mu bice bashobora kumaramo iminsi 15, ari nayo mpamvu umunsi wa mbere wa Guma mu Rugo wahariwe gufasha abantu kugera aho bumva bamara iminsi 15 ya Guma mu Rugo.

    Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, muri gare zihuza Umujyi wa Kigali n’ibindi bice by’igihugu hazindukiye urujya n’uruza rw’abantu benshi bashakaga kujya mu ntara ku mpamvu zitandukanye.

    Inzego z’ibanze, izishinzwe umutekano, urubyiruko rw’abakorerabushake ndetse na RURA, bakomeje gufasha abari muri gare ya Nyabugogo aho bari gufashwa kubahiriza amabwiriza arimo kwambara neza agapfukamunwa, guhana intera ndetse no gukaraba amazi meza n’isabune, mu gihe bategereje gutangira ingendo zabo.

    Umuyobozi wa Serivisi zo gutwara Abantu n’Ibintu muri RURA, Anthony Kulamba yavuze ko uyu munsi wose wahariwe gufasha abantu bajya mu ntara gutaha ariko bakaba basabwa gukomeza kubahiriza amabwiriza yo kwirinda COVID-19.

    Yagize ati “Bahawe uburenganzira kugira ngo bakoreshe uyu munsi tubashakire uko bagenda buri muntu agende neza agere mu Karere aho atuye amahoro. Ni amahirwe yahawe abagomba kujya mu ntara kugira ngo bagende.”

    RURA yasabye abaturage gukoresha uyu munsi bahawe kugira ngo ibibazo byose bishobora gutuma batubahiriza ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri byategetse ko Umujyi wa Kigali ushyirwa muri gahunda ya Guma mu rugo bikurweho.

    Kulamba yavuze ko “Niba tuvuze uyu munsi ni uyu munsi, nibawukoreshe kugira ngo iminsi isigaye twubahirize ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri mu rwego rwo kwirinda COVID-19, kandi n’aho baraba bari mu rugendo cyangwa n’ahandi bari ni ukubibutsa ko ikintu gikomeye cyane ari ukwirinda bakarinda n’abandi.”

    Umuvugizi wa Polisi y’Igihugu, CP John Bosco Kabera, yaraye avuze ko Polisi iza gufasha abantu batunguwe n’aya mabwiriza, ku buryo bari bugere iyo bagomba kuba bari amahoro.

    Yagize ati “Tuzafasha abantu bashobora kuba batunguwe n’aya mabwiriza bari ahantu hatandukanye bifuza kuba bari ahantu mu by’ukuri bumva bamara icyo gihe cy’iminsi 15, iki ni icyemezo kigomba kwihutirwa.”

    CP Kabera yavuze kandi ko abantu bakwiye kubanza bagatekereza ku ngendo bateganya gukora niba koko ziri ngombwa cyangwa hari ubundi buryo bashobora gukora bagafasha mu kubahiriza amabwiriza yashyizweho.

    Ab’inkwakuzi bamaze gufata imodoka berekeza mu bice bitandukanye by’igihugu

    Abantu benshi bazindukiye muri gare ya Nyabugogo bashaka gufashwa kujya mu ntara

    Abicaye bategereje imodoka basabwe guhana intera

    Abinjira muri gare bari gusabwa kubanza gukaraba amazi meza n’isabune

    Hari abafite za matola bameze nk’abimutse bavugaga ko bazagaruka i Kigali icyorezo cyamaze kurandurwa burundu

    Inzego zishinzwe umutekano zazindukiye muri gare ya Nyabugogo gufasha abajya mu Ntara

    Mu modoka abagenzi bari bambaye neza agapfukamunwa n’amazuru

    Umuyobozi wa Serivisi zo gutwara Abantu n’Ibintu muri RURA, Anthony Kulamba, yavuze ko abaturage bose bari gufashwa gutaha kuri uyu munsi wa mbere gusa

    Umuyobozi wa Serivisi zo gutwara Abantu n’Ibintu muri RURA, Anthony Kulamba, aha yabwiraga abantu guhana intera

    Urubyiruko rw’abakorerabushake muri gare ya Nyabugogo rurahari ngo rufashe abagiye gufata imodoka kubahiriza amabwiriza y’ubwirinzi

    Uyu yagaragaye nk’ufite umunaniro, aha yari yasinziriye

    Mu gitondo cya kare, abantu bari bataragera muri gare ku bwinshi

    Abantu bari benshi cyane mu masaha ya saa yine

    Abantu benshi bari bitwaje imizigo yabo

    Abari muri gare bose bari bambaye agapfukamunwa

    Polisi yavuze ko iri bufashe buri wese gutaha

    Abantu bari bahagaze ku murongo bategereje imodoka

    Abantu bari bugezwe mu ntara zose z’igihugu

    Bamwe mu bantu bari bananiwe kubera gutegereza igihe kinini

    Ibigo bisanzwe bitwara abantu byari bifunze imiryango

    Polisi yari mu kazi ifasha abantu gutaha amahoro

    Polisi yari yabukereye

    Aha abantu bari bahamagawe ngo bajye mu modoka

    Abantu bihuta bajya mu modoka

    Imodoka za Ritco ziri mu zatwaye abantu

    Abantu bari bicaye mu mirongo bari bagenewe

    Abantu bari bategereje imodoka igihe kinini

    Abantu bari bicaye mu mirongo bari bagenewe

    Imodoka zimaze kuza, abantu bari bafite akanyamuneza

    Imodoka za Volcano na zo zatwaye abagenzi

    Abantu bari benshi muri gare

    Abantu bari bahagaze mu mirongo

    Amafoto: Niyonzima Moise


    source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/uko-byari-byifashe-nyabugogo-ku-munsi-wa-mbere-wa-guma-mu-rugo-muri-kigali

  • Rusizi: Arembeye mu bitaro nyuma yo kwikeba ijosi ntapfe – #rwanda #RwOT

    Abaturanyi b’uyu mukecuru barimo n’umukazana we babwiye TV1 ko yafashe umwanzuro wo kwikeba ijosi nyuma y’uko hari abantu bageze muri aka gace babarura amazina y’abasahuye imitungo muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 kandi bakaba batarayishyuye.

    Aba baturanyi bavuze ko umugabo w’uyu mukecuru amaze igihe yarabuze kubera uruhare akekwaho kugira muri Jenoside.

    Umwe ati “Ngo haje abayobozi mu minsi ishize mu Mudugudu umubyeyi bamubaza amakuru y’umugabo we kandi umugabo we hashize iminsi myinshi yaragiye, ayo makuru menshi mabukwe ntiyabashije kuyakira yahise abwira abana be bose ngo dore imirima yose barayigurishije.”

    Abaturanyi bamugezeho bwa mbere bemeza ko yari yikase ijosi ryose ariko atarashiramo umwuka.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Bugarama, Ntivuguruzwa Gervais, nawe yemeje ko uyu mugore yashatse kwiyahura akoresheje urwembe, ariko avuga ko nta gihamya cyerekana ko yabitewe n’ibyo abaturanyi bavuze.

    Ati “Ibyo turabyumva bihwihwiswa n’abaturage kandi ibivugwa n’abantu byose si ko biba ari ukuri ariko turabyumva bihwihwiswa mu baturage ikiri ukuri n’uko gusa mu bigaragara uriya mukecuru niwe washatse kwiyambura ubuzima impamvu zabimuteye, kugeza ubu niwe wazimenya kurusha buri muntu uwo ariwe wese.”

    Yongeyeho ko uyu mubyeyi nakira ari we ushobora kuzavuga neza icyamuteye gushaka kwiyahura.


    source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/rusizi-arembeye-mu-bitaro-nyuma-yo-kwikeba-ijosi-ntapfe

  • Burera: Mutarama irarangira abagore n’urubyiruko bo muri FPR Inkotanyi bubakiye imiryango 18 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Byari ibyishimo byinshi mu rugo rwo kwa Nyirahiganiro Vestine nyuma yo kubona inzu
    Byari ibyishimo byinshi mu rugo rwo kwa Nyirahiganiro Vestine nyuma yo kubona inzu

    Ubwo ku Cyumweru tariki 17 Mutarama 2021 bashyikirizaga umubyeyi witwa Nyirahiganiro Vestine inzu nshya, bamwujurije nyuma y’imyaka myinshi acumbikirwa n’abaturage, mu marangamutima avanze n’amarira yavuze ko mu buzima bwe bwose atigeze agira inzu ye, ngo yabayeho acumbikirwa n’abaturage.

    Ati “Sinabona uburyo nsobanura ibyishimo mfite, mu buzima bwanjye nabayeho ncumbika ku bagiraneza nta n’ikibanza nigeze kubera ubukene, kuba mbonye inzu yanjye ngiye kuryama nsinzire ariko kandi ngashimira na FPR-Inkotanyi impaye inzu”.

    Abo banyamuryango ba FPR-Inkotanyi mu Karere ka Burera kandi, baherutse no gushyikiriza inzu Nyirabazamanze Solange wo mu Murenge wa Kinyababa nyuma y’uko yari amaze gusenyerwa n’ibiza by’imvura byanamugize umupfakazi kuko byatwaye umugabo we bikamusigira umwana umwe.

    Uwanyirigira Marie Chantal uyobora umuryango wa FPR Inkotanyi mu Karere ka Burera akaba n’umuyobozi w’ako Karere, avuga ko inzu zishyikirizwa abaturage batishoboye ziba zujuje ibyangombwa byose.

    Agira ati “Inzu dushyikiriza abaturage ziba zuzuye neza zikorewe n’amasuku kandi zifite n’ibikoresho byose byo mu rugo, tububakira kandi n’ibikoni ndetse n’ubwiherero, ariko kandi tukabagenera n’ibiribwa mu rwego rwo kubafasha gutangira ubuzima bushya dore ko baba bavuye mu bundi buzima bugoranye”.

    Mu butumwa uwo muyobozi yageneye abashyikirijwe inzu ni ukuzisigasira, bazigirira isuku mu rwego rwo kuzirinda ko zakwangirika.

    Inzu 18 ni zo zubatswe mu mirenge 17 igize Akarere ka Burera, aho zimwe zamaze gutahwa hakaba hasigaye izo mu Murenge wa Cyeru n’Umurenge wa Gahunga zizatahwa tariki 24 Mutarama 2021.

    Uwanyirigira Marie Chantal uyobora FPR-Inkotanyi mu Karere ka Burera ashyikiriza Nyirahiganiro Vestine ibiribwa nyuma yo kumushyikiriza inzu
    Uwanyirigira Marie Chantal uyobora FPR-Inkotanyi mu Karere ka Burera ashyikiriza Nyirahiganiro Vestine ibiribwa nyuma yo kumushyikiriza inzu

    Ni inzu zatwaye amafaranga y’u Rwanda miliyoni 37 n’ibihumbi 500, yose akaba yaravuye mu mbaraga z’abo bagore n’urubyiruko bibumbiye mu rugaga rushamikiye ku muryango wa FPR-Inkotanyi mu Karere ka Burera, ariko kandi hakiyongeraho n’ibikorwa by’amaboko bagiye bakora kuri izo nzu zubatswe.

    Gahunda yo kubakira umuryango umwe w’abatishoboye muri buri Murenge mu Ntara y’Amajyaruguru, yatekerejwe mu mwaka wa 2020 mu rwego rwo gufasha abagore bo mu miryango itagira aho iba kubashakira amacumbi hagamijwe no kwimakaza isuku mu ngo.


    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/burera-mutarama-irarangira-abagore-n-urubyiruko-bo-muri-fpr-inkotanyi-bubakiye-imiryango-18

  • U Rwanda rugiye gukoresha miliyoni 60Frw mu gukingira Ruje y’ingurube – #rwanda #RwOT

    Ruje y’ingurube ni indwara iterwa na mikorobe. Ibimenyetso byayo ni ukugira umuriro, aho ingurube igira umuriro ugera no kuri dogere selisiyusi 42, iraryama bya hato na hato, ntiyongera kurya, mu bice by’umubiri byoroha nk’amatwi, ku matako no ku nda hazaho ibiziga by’amaraso n’’amabara atukura. Iyo itavuwe ipfa nyuma y’iminsi ibiri kugeza kuri ine.

    Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB), cyavuze ko iki cyorezo giterwa ahanini n’isuku nkeya ahororerwa ingurube.

    Kuwa 21 Ukwakira 2020 nibwo hongeye kuvugwa iki cyorezo mu ngurube z’i Nzige mu Karere ka Rwamagana mu Ntara y’Iburasirazuba.

    Mu Ugushyingo 2020 RAB yatangaje ko iki cyorezo cyari kimaze guhitana ingurube 379 mu turere dutatu turimo Rwamagana, Kicukiro na Gasabo.

    Umuyobozi w’Ishami rishinzwe ubworozi muri RAB, Ndayisenga Fabrice, yabwiye The New Times ko icyo cyorezo gishobora kwirindwa ndetse kinavurwa kigakira, iyo hitawe ku isuku y’aho ingurube zororerwa.

    Yavuze ko mu rwego rwo kwirinda ko iki cyorezo cyakwirakwira n’aho kitaragera, hari ingamba RAB yafashe zirimo gukingira ingurube zo mu turere twagaragayemo icyo cyorezo.

    RAB yatumije doze z’inkingo ibihumbi 50 zizatwara miliyoni 60 Frw. Izi nkingo ngo biteganyijwe ko zizagera mu Rwanda mu mpera z’iki cyumweru, zikazahita zitangira no gutangwa.

    Urukingo rutangirwa amafaranga 1000 Frw rukaba rurinda ingurube amezi agera kuri atandatu, bivuze ko ingurube iba igomba gukingirwa inshuro ebyiri mu mwaka.

    Ndayisenga yavuze ko bazahita batangira ibikorwa byo gukingira mu turere twa Gasabo, Kicukiro, Rwamagana, Kirehe, Nyagatare na Rubavu, nk’ahagaragaye iyi ndwara.

    Yongeyeho ko leta ishaka guha uburenganzira abikorera bakaba ari bo bajya batumiza inkingo bakazigurisha aborozi, mu rwego rwo kurushaho guhangana n’iki cyorezo.

    RAB yibukije aborozi b’ingurube ko inyama z’ingurube yishwe n’iyi ndwara ya Ruje y’ingurube zitagomba kuribwa, ahubwo ko igomba guhambwa.

    Kugeza ubu mu Rwanda habarurwa ingurube zigera kuri miliyoni 1,38. U Rwanda rukaba ruteganya kuzamura umusaruro w’inyama z’ingurube ukava kuri toni ibihumbi 23 wariho mu 2019 kugeza kuri toni ibihumbi 67mu 2022.

    Inkingo za Ruje y’ingurube zizatwara miliyoni 60Frw

    source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/u-rwanda-rugiye-gukoresha-miliyoni-60frw-mu-gukingira-ingurube-ruje

  • RwandAir igiye gutangiza ingendo zijya muri Centrafrique – #rwanda #RwOT

    Hashize igihe u Rwanda na Centrafrique bifitanye umubano ukomeye aho ruri gufasha iki gihugu kimaze igihe mu ntambara kugarura amahoro. Kuva mu 2014, Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’amahoro muri Centrafrique ndetse tariki ya 20 Ukuboza 2020 rwoherejeyo abandi basirikare bo mu mutwe wihariye bishingiye ku masezerano yasinywe hagati y’impande zombi mu 2019.

    Umuyobozi wa RwandAir, Yvonne Makolo, yabwiye IGIHE ko itariki ingendo zizatangiriraho itaramenyekana kuko hakiri ibikiri kunozwa. RwandAir izajya igera muri Centrafrique inyuze i Douala muri Cameroon.

    Ati “Turi kubikoraho mu gihe ibintu byose byagenda neza, tuzatangira mu kwezi gutaha. Ni ingendo ebyiri mu cyumweru. Nta tariki tuzatangiriraho turamenya kuko bigendana no kubona ibyangombwa byose, turacyabikoraho.”

    Ubusanzwe kuva mu Rwanda ujya i Bangui, ni urugendo rugoye kuko byasabaga kunyura mu bihugu byinshi. Urugero nk’umuntu wateze indege ya RwandAir, yashoboraga guhaguruka i Kigali, indege ikanyura i Kampala aho imara nibura nk’iminota 30, nyuma ikagera muri Kenya.

    Iyo igeze muri Kenya, afata nka Kenya Airways imuvana i Nairobi ikagera mu Mujyi wa Bangui ku Kibuga cy’Indege cya M’poko. Ubaze ni urugendo rushobora kumara amasaha 14 rugatwara hafi amadolari 1000.

    Umwe mu bantu bo muri Centrafrique waganiriye na IGIHE yavuze ko izi ngendo zizabafasha kubona uko bakora ubuhahirane n’ibindi bihugu kuko ubusanzwe byari ibintu bigoye.

    Hari amakuru IGIHE yabonye ko urugendo rwa mbere rwa RwandAir rujya i Bangui ruzakorwa mu cyumweru cya mbere cya Gashyantare uyu mwaka nubwo bitigeze byemezwa n’iyi sosiyete.

    Mu 2019 nibwo u Rwanda na Centrafrique byasinyanye amasezerano y’imikoranire mu ngeri eshatu zirimo umutekano, ubukungu ndetse n’ibijyanye n’amabuye y’agaciro. Niho imikoranire na RwandAir ishingiye.

    Ubusanzwe Centrafrique ni igihugu kinini giherereye hagati muri Afurika nk’uko izina ryacyo ribivuga. Gikubye u Rwanda inshuro zirenga 23 mu bunini, gifite abaturage bake bangana na miliyoni 4.7, munsi ya kimwe cya kabiri cy’abatuye u Rwanda. Ururimi kavukire rwabo rwitwa ‘Sango’. Ni igihugu gikoresha Igifaransa kubera ko cyakolonijwe n’u Bufaransa.

    Nubwo Centrafrique idakora ku nyanja, ifite umutungo kamere urimo peteroli, amabuye y’agaciro nka uranium, zahabu ndetse na diamant, amazi magari akurwamo ingufu z’amashanyarazi, amabuye y’agaciro yitwa ‘cobalt’ yifashishwa mu gukora ibikoresho bitandukanye n’ibindi.

    Ni isoko rikomeye ku banyarwanda bakora ibikorwa by’ubucuruzi kuko muri iki gihugu ibintu hafi ya byose bitumizwa mu mahanga.

    Umujyi wa Doula RwandAir igiye kujya inyuramo igiye i Bangui, yatangiye kuwukoreramo ingendo muri Mata 2014.

    Uhagaze ku musozi wa Gbazabangui, uba witegeye Umurwa Mukuru wose

    Bangui ni umujyi w’ubucuruzi ushobora kungukira abanyarwanda binyuze mu ngendo za RwandAir

    source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/rwandair-igiye-gutangiza-ingendo-zijya-muri-centrafrique

  • Kurwanya umubyigano w’ibinyabiziga muri Kigali bizarangira mu myaka itatu #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Enjeniyeri w’Umujyi wa Kigali, Emmanuel Asaba Katabarwa avuga ko barimo kwagura imihanda imwe n’imwe banakora indi mishya izatuma ibinyabiziga bigenda byisanzuye mu masaha yose y’umunsi.

    Iyi gahunda y’imyaka itatu bayitangiriye ku kiraro cyo kuri ruhurura ya Mpazi muri Nyabugogo, kizubakwa hakoreshejwe amafaranga y’u Rwanda miliyari zirindwi, bitarenze ukwezi kwa Werurwe 2021.

    Umujyi wa Kigali kandi urimo gukora umuhanda utambika haruguru y’ibitaro byo ku Muhima ugana Nyabugogo, mu rwego rwo kugabanya imodoka mu muhanda uhuza Kinamba n’ahitwa kuri Yamaha ku Muhima.

    Agace k’umuhanda uva ku kiraro cy’Ikinamba kugera aho wigabanyamo ujya ku Kacyiru, ujya mu Gakiriro n’unyura ku rwibutso rwo ku Gisozi, na ko karimo kwagurwa bitarenze ukwezi kwa Gicurasi uyu mwaka, nk’uko Enj Katabarwa yakomeje kubisobanura.

    Yagize ati “Turimo guteganya kubaka ibirometero bigera kuri 215 muri Kigali, twemeranyijwe na MINECOFIN ko hari amafaranga izajya itugenera buri mwaka, ibikorwa byose hamwe bizarangira bitwaye amafaranga miliyari 400”.

    Ibi ariko birakorwa mu gihe hari n’imihanda Ubuyobozi bw’uyu mujyi buvuga ko abafite ibinyabiziga badakoresha, bigatuma benshi bakererwa kugera mu kazi cyangwa mu ngo iyo batashye.

    Mu mihanda mishya umuntu yakoresha ava Kimironko ajya mu Mujyi, harimo nk’uwa Nyabisindu-Nyarutarama-Kacyiru na Kimicanga atanyuze ku Gishushu na Kimihurura.

    Umuntu uva mu Majyaruguru i Gicumbi agana i Kinyinya, Kimironko, Remera cyangwa Nyarutarama, aho kunyura i Nyabugogo ashobora kunyura mu muhanda uva Nyacyonga ugahinguka i Batsinda cyangwa akomeza akanyura i Kinyinya.

    Hari n’ubwo yakomeza akanyura mu muhanda uva Karuruma ugahinguka ahitwa Beretware, agakomereza i Kagugu cyangwa agacurika anyura mu Gakiriro ka Gisozi ajya ku Kacyiru, aho kuva Karuruma anyura muri Nyabugogo.

    Uwitwa Serugendo ukoresha kenshi umuhanda Kigali-Nyamata, avuga ko kuva ahitwa Rwandex kugera i Nyanza ya Kicukiro, hari igihe ahakererwa nk’isaha n’igice ajya mu kazi cyangwa avayo, kubera umubyigano w’ibinyabiziga.

    Serugendo akavuga ko hari ikibazo cyo kumenyera imihanda imwe, cyangwa kutamenya gutegura urugendo mu rwego kwirinda guhuza isaha n’abandi.

    Yagize ati “Iyo akazi gatangira saa moya za mu gitondo, usanga buri muntu ashaka kwinjira mu Mujyi saa moya zibura iminota 10, nta wibwiriza ngo agende nko mu minota 30 mbere yaho”.

    Akomeza avuga ko yabonye abantu benshi bava mu Mujyi banyura inzira ya Rwandex-Nyanza, nyamara hari aho bashobora kunyura bihuta kuva mu Mujyi-Nyamirambo-Rebero Nyanza, cyangwa Kiyovu-Gikondo-Rebero-Nyanza.

    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/kurwanya-umubyigano-w-ibinyabiziga-muri-kigali-bizarangira-mu-myaka-itatu

  • Nyamasheke: Mu mwaka umwe mu Kivu hafashwe imitego y’ubumara ya miliyoni zirenga 390 – #rwanda #RwOT

    Iyo mitego itemewe ifata isambaza ziba zikibyara, igasiga n’ubumara ku isambaza kuburyo bishobora kugira ingaruka ku bazirya.

    Kubwimana Jean yagize ati “Ifata injanga (isambaza) nini kandi nizo zibyara bigatuma tubura umusaruro, iyi mitego kandi ifite ubumara bugira ingaruka kubazirya harimo na kanseri. Uko ubona buriya budodo, ririya ranjye ryabwo rigenda rivaho rijya ku njanga barobye.”

    Ndayisabye Emmanuel we yagize ati “Turayifata tukayitwika bugacya hakaza indi, iyo atunyuze mu ijisho icyumweru kimwe aba yamaze kugaruza ayo yawuguze. Iyi miraga (imitego) ni forode ituruka muri Congo.”

    Ndahayo Eliezel, uhagarariye ihuriro ry’amakoperative y’abarobyi muri Nyamasheke, yavuze ko ingamba bafite zo guca iyi mitego babifashwamo n’inzego zibanze n’abashinzwe umutekano wo mu mazi.

    Ati “Ba rushimusi baragabanuka, buri munsi dutwika kaningiri zitari munsi y’icumi. Ubu abakoresha kaningiri bari gukurikiranirwa mu midugudu ariko turi kugenda tunigisha abatuye ku birwa kugira ngo bagane uburyobyi bwemewe. Ni urugamba rwa buri wese ntabwo tugomba kwitana ba mwana.”

    Umutego w’ubumara ugura amafaranga ibihumbi 400, Ndahayo Eliezel akavuga ko umwaka ushize bafashe iyo mitego 980.

    Nyamasheke hari amakoperative y’abaroby arindwi akorera mu Mirenge 10 ikora ku kiyaga cya Kivu, muri iki gihe cy’imvura bari kuroba toni imwe n’igice ku umunsi, iyo nta mbogamizi zirimo baroba toni hafi eshatu, igabanuka ry’umusaruro rikaba rituruka ku mvura n’imiyaga myinshi iri mu kiyaga.

    Abarobyi bari gutwika imitego itemewe bafashe ariko banyirayo bagahita biruka

    source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/nyamasheke-mu-mwaka-umwe-mu-kivu-hafashwe-imitego-y-ubumara-ya-miliyoni-zirenga

  • Mashami yanyuzwe n’umukino wa mbere, avuga ko hari icyizere mu mikino isigaye #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere ni bwo ikipe y’igihugu y’u Rwanda “Amavubi” yakinaga umukino wayo wa mbere wa CHAN, aho yanganyije ubusa ku busa n’ikipe y’igihugu y’u Rwanda.

    Umutoza Mashami Vincent yanyuzwe n
    Umutoza Mashami Vincent yanyuzwe n’uko Amavubi yakinnye

    Nyuma yo kunganya uyu mukino, umutoza w’Amavubi Mashami Vincent yatangaje ko yishimiye urwego abakinnyi be bagaragaje, avuga ko baremye uburyo bwashoboraga kuvamo igitego, bikamuha icyizere cyo kuzitwara neza mu mikino itaha

    Yagize ati “ Nabanza gushimira amakipe yombi uburyo yakinnye umukino mwiza, twagerageje kwtwara neza mu mukino n’ubwo tutashoboye kubona ibitego ariko rimwe na rimwe umupira nawo ntabwo watubaniye,urebye uburyo twabonye inshuro ebyiri umupira ukubita umutambiko w’izamu”

    “Twagerageje kuyobora umukino, haba mu rwego rwo kubona imipira y’imiterakano haba mu rwego rwo kugera imbere y’izamu kenshi gashoboka, twarri tubizi ko bitari butworohere, na Uganda ni ikipe itiroshye, ifite abakinnyi beza,ifite n’ubunararibonye, ni umukino uba uhishe byinshi urimo amateka y’ibihugu byombi”

    “N’ubwo tudatsinze ariko twakwishimira ko tudatsinzwe, kuko umukino wa mbere iyo uwutakaje, uba utakaje ikintu kinini cyane, hari byinshi byiza twabonye mu mukino, turi bwubakireho mu mikino ikurikira”

    Amavubi azasubira kuri uyu wa Gatanu ubwo azaba ahatana n’ikipe ya Maroc, mu mukino uzatangira I Saa Kumi n’ebyiri z’umugoroba, aho ndetse Amavubi azaba anafite rutahizamu Sugira Ernest utakinnye uwa Uganda kubera amakarita y’umuhondo”

    source https://www.kigalitoday.com/imikino-11/football/article/mashami-yanyuzwe-n-umukino-wa-mbere-avuga-ko-hari-icyizere-mu-mikino-isigaye

  • Bugesera: Abayobozi b’inzego z’ibanze barashinja gitifu kubakubita no kubatuka – #rwanda #RwOT

    Aba bayobozi banze ko amazina yabo atangazwa, babwiye TV1 ko babangamiwe cyane n’uburyo uyu Munyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gashora abafata.

    Bamushinja kutabaha agaciro no kubafata nk’aho ntacyo bamaze no kubatukira imbere y’abaturage ku buryo bifuza ko yagirwa inama cyangwa akimurirwa ahandi.

    Bavuga ko ibi byose bishobora kuba biterwa n’uko atabazi kuko ngo rimwe na rimwe hari n’abo akubita yabitiranyije n’abaturage.

    Umwe yagize ati “Nari ndi hano mu muhanda ndimo ndakumira abaturage batambaye agapfukamunwa nibwo yaje ndi hano ku muhanda abaturage bamubonye bariruka, nagumye ndahagarara arambaza ngo n’iki kiguhagaritse abandi ko bambona bakiruka ndamubwira nti ndi ku mutekano wanjye mu bijyanye no kurinda abaturage COVID-19.”

    Yakomeje agira ati “Arambwira ngo urumva uzapfa ryari? uzapfa ufite imyaka ingahe? ndambwira nti njyewe ntabwo nkizi kuko atari njye wiremye, arambwira ngo niba utakizi ugende mu muhanda uvuga ko uri imbwa nta n’icyo wimariye.”

    Yongeyeho ko uyu Munyamabanga Nshingwabikorwa yakomeje kumubwira nabi nk’aho ntacyo amaze

    Gusa aba bayobozi bavuze ko ibi byose biterwa n’uko uyu muyobozi w’umurenge atabazi cyane ko kuva yakwimurirwa muri uyu murenge bakoranye inama rimwe gusa.

    Undi ati “Umuntu yakumenya mutakoranye? wenda mu mikoranire n’uko nta nama dukorana ariko iyo umukeneye umuhamagara kuri telefone akagusobanurira.”

    Yongeyeho ko ikibabangamira ari uko iyo bahuriye mu nzira ashobora kubahohotera abitiranya n’abaturage nubwo nabo badakwiye guhohoterwa kubera ko aba atabazi

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurege wa Gashora, Khadafi Aimable, we yavuze ko atabuza abamuvuga kubikora, ashimangira ko ngo hari n’ubwo ababwira amakosa yabo bakabyumva ukundi .

    Ati “Ntabwo tuzabuza umuntu kuvuga, birashoboka ko umuntu wanamwereka ibyo atakoze neza we kubera ko ari ko abyumva akabona ko umubwiye nabi.”

    Umuyobozi w’Akarere ka Bugesera, Richard Mutabazi, yavuze ko uyu Munyamabanga Nshingwabikorwa ari mushya mu nshingano bityo ko bigoye ko yabinoza 100% ariko ashimangira ko bagiye kubikurikirana.

    Ati “Ntabwo tuzi ko hari ikibazo cy’imikoranire hagati y’uyu Munyamabanga Nshingwabikorwa n’abandi bayobozi bo mu murenge, ntawe urabitubwira ariko ubwo mubitubwiye ni amakuru turagenda tubikurikirana igihari n’uko uwo Munyamabanga Nshingwabikorwa ari mushya ari mu mwanya ari no muri uwo murenge ntabwo rero nakwibwira ko byose byanoga 100%.”

    Yongeyeho ko bagiye kubikurikirana nabo bagashyiraho imbaraga zabo kugira ngo bamenye ikibura n’ahari ikibazo hagati ye n’abandi bayobozi.


    source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/bugesera-abayobozi-b-inzego-z-ibanze-barashinja-gitifu-ku-bakubita-no-ku-batuka