Tag: featured

  • AS Muhanga yasubitse amasezerano y’abakozi #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abakinnyi ba As Muhanga bamenyeshejwe ko amasezerano yabo asubitswe
    Abakinnyi ba As Muhanga bamenyeshejwe ko amasezerano yabo asubitswe

    Ibaruwa Kigali Today ifitiye kopi ivuga ko ikipe yagaragaje impamvu zirimo amikoro make yo guhemba abakinnyi n’abandi bakozi bayo, kuba shampiyona yarahagaritswe na Minisiteri ya Siporo ndetse no kuba nta bikorwa by’ikipe birimo birakorwa bishobora gutuma ihemba abakozi bayo.

    As Muhanga ikurikiye Kiyovu Sports na yo yahagaritse amasezerano y’abakozi bayo mu minsi yashize kubera ko nta bikorwa by’ikipe birimo kuba.

    Amakuru Kigali Today yamenye ni uko iyi kipe yiyemeje guhemba abakozi bayo iminsi 15 ku kwezi kwa Mutarama mu mwaka wa 2021 ndetse no gutunga abakinnyi b’abanyamahanga bayikinamo.

    Shampiyona yahagaritswe ikipe ya As Muhanga iri ku mwanya wa cyenda aho mu mikino itatu yari ifitemo amanota abiri.

    source https://www.kigalitoday.com/imikino-11/football/article/as-muhanga-yasubitse-amasezerano-y-abakozi

  • Hatangajwe urutonde rwa serivisi 36 zemerewe gukomeza gukora mu bihe bya Guma mu Rugo – #rwanda #RwOT

    Kuva kuwa Kabiri tariki ya 19 Mutarama 2021, Umujyi wa Kigali washyizwe muri gahunda ya Guma mu Rugo y’iminsi 15 nyuma y’uko ubwandu bwa Coronavirus bukajije intera mu gihugu. Icyo gihe Inama y’Abaminisitiri yatangaje ko usibye serivisi z’ingenzi zizakomeza gukora, izindi zizafunga aho bishoboka abantu bagakorera mu ngo.

    Muri serivisi zemerewe gukora nk’uko zatangajwe mu itangazo ryashyizweho umukono na Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Prof Shyaka Anastase, zigabanyije mu byiciro bine birimo ibikorwaremezo; ubuhinzi n’ubworozi; ubucuruzi, inganda na serivisi n’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro.

    Iryo tangazo rivuga ko “Sosiyete zitanga serivisi z’ingenzi zisaba uruhushya binyuze kuri minisiteri zifite ibyo bikorwa mu nshingano.” Rikomeza rivuga kandi ko “mu bikorwa byemerewe gukomeza hakoreshwa abakozi batarenze 30% by’abakozi bose kandi bakubahiriza amabwiriza yo kwirinda COVID-19”.

    Ikindi kandi ni uko ibi bikorwa byose byemerewe gukomeza bizajya bifunga saa kumi n’ebyiri z’umugoroba.

    Nko mu bucuruzi, ibikorwa byemerewe gukora ni imishinga yo kubaka amavuriro n’ibitaro, imishinga yo kubaka no gusana imihanda y’ingenzi mu Mujyi wa Kigali, imishinga yo gukwirakwiza amazi meza mu Mujyi wa Kigali, imishinga yo gutuza neza abaturage no kubakira abatishoboye, imishinga y’inyubako z’ingenzi, imishinga yo gukwirakwiza amashanyarazi, imishinga yo kubaka amashuri ya leta hamwe na serivisi zo gusana ibikorwaremezo byangiritse.

    Mu buhinzi, abemerewe gukora ni ibikorwa n’imishinga by’ubuhinzi bw’ibyoherezwa mu mahanga, imishinga yo guteza imbere ubuhinzi n’ubworozi, ibikorwa byo gutubura imbuto no kugeza ku bahinzi inyongeramusaruro ndetse n’iyamamazabuhinzi.

    Harimo kandi kugeza ibiribwa ku masoko, ibikorwa byo kwita ku buzima bw’amatungo, ibikorwa by’ubuhinzi, ubworozi n’uburobyi ndetse n’ibikorwa byo gufata neza umusaruro no kuwuhunika.

    Mu bucuruzi n’inganda, abemerewe gukora ni inganda zitunganya umusaruro ukomoka ku buhinzi, amasoko y’ibiribwa, ubucuruzi bw’inyama, amata n’ibiyakomokaho, inganda zikora ibikoresho byo kubaka, izikora ibikoresho by’isuku, izikora udupfukamunwa, ibirinda amaso n’amasarubeti yambarwa n’abakora kwa muganga.

    Hari kandi inganda zikora ibyo gupfunyikamo, ubucuruzi bwifashisha ikoranabuhanga, ubucuruzi bwo kugemura ibyo kurya, serivisi za ngombwa zitangwa na banki n’ibigo by’imari, serivisi z’ubwishingizi, serivisi za Mobile money, gutwara ibishingwe na serivisi z’isuku za ngombwa, serivisi za gasutamo, amahoro n’imisoro, ubucuruzi bw’ibikomoka kuri mazutu na peteroli na serivisi z’itumanaho.

    Mu bijyanye n’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, abemerewe gukora ni abakora mu bijyana n’uru rwego, abakora ibikorwa byo gufasha inganda zitunganya amabuye y’agaciro kugera ku musaruro zikoresha, ubwikorezi bw’amabuye y’agaciro buza mu nganda ziri i Kigali n’ibikorwa bifasha ubucuruzi mpuzamahanga bw’amabuye y’agaciro.


    source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/hatangajwe-urutonde-rwa-serivisi-36-zemerewe-gukomeza-gukora-mu-bihe-bya-guma

  • Col Ndamukunda wigeze kuyobora Ingabo z’u Rwanda zari mu butumwa i Darfur yitabye Imana – #rwanda #RwOT

    Mu 2017 nibwo Col Ndamukunda yari ayoboye Ingabo z’u Rwanda zari mu butumwa bwa loni i Darfur. Muri uwo mwaka ni nabwo yazamuwe mu ntera ava ku ipeti rya Lieutenant Colonel agirwa Colonel.

    Umuvugizi w’Igisirikare cy’u Rwanda, Lt. Col. Ronald Rwivanga, yemereye IGIHE ko Col Ndamukunda yitabye Imana. Gusa ntabwo yigeze atanga amakuru arambuye ku rupfu rwe.

    Muri Nyakanga 2007, Col Ndamukunda wari ufite ipeti rya Majoro icyo gihe yahawe umudali w’ishimwe wiswe “Combat Action Ribbon” kubera ibikorwa by’indashyikirwa bifitiye igihugu akamaro yakoze.

    Col Ndamukunda Simon yitabye Imana

    source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/col-ndamukunda-wigeze-kuyobora-ingabo-z-u-rwanda-zari-mu-butumwa-i-darfur

  • Video: Ibyaranze itangira rya Guma mu Rugo ya kabiri i Kigali – #rwanda #RwOT

    Ibyari buve muri iyi nama byabaye nk’ibyihishura ubwo Perezidansi y’u Rwanda yasohoraga amafoto yayo, ubona ko buri muyobozi yayitabiriye atavuye aho ari ahubwo yagumye mu biro asanzwe akoreramo. Bamwe bati iyi “Guma mu Biro” iratsura Guma mu Rugo ndetse biza kuba ari na ko bigendekera Umujyi wa Kigali.

    Ku munsi wa Mbere wa Guma mu Rugo urujya n’uruza rwari rwagabanutse kuko ingendo rusange zitakorwaga yaba iz’imodoka zitwara abagenzi ndetse na moto, ariko wabonaga ko hari abagihaha n’abagikora ibindi bikorwa byo kwitegura.

    Aho IGIHE yageze nko ku isoko rya Nyarugenge abantu batandukanye bari bari kujya guhaha ibiribwa, abandi ariko babizana babivana ahantu hatandukanye.

    Muri Gare ya Nyabugogo naho umurongo w’abashaka kujya mu Ntara wari muremure, bari benshi cyane aho bafashwaga kujya mu miryango yabo. Inzego z’Umutekano ndetse n’Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA nibo babafashaga.

    Muri rusange umunsi wa Mbere waranzwe n’urujya n’uruza rw’abajya mu masoko guhaha ibyo bazakoresha muri ibi byumweru bibiri ndetse n’abatega imodoka zibavana mu Mujyi wa Kigali bajya mu ntara.


    source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/video-ibyaranze-itangira-rya-guma-mu-rugo-ya-kabiri-i-kigali

  • Ngoma: Haravugwa urupfu rw’umugore watewe ibyuma mu maso amaze kwamburwa ibihumbi 500 Frw – #rwanda #RwOT

    Byabaye kuwa Mbere saa munani z’amanywa bibera mu Kagari ka Gatonze mu Mudugudu wa Nyagatovi mu Murenge wa Kibungo mu Karere ka Ngoma. Uyu mugore nyuma yo kujyanwa mu bitaro bya CHUK , yashizemo umwuka mu ijoro rishyira kuri uyu wa Gatatu.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kibungo, Kanzayire Consolée yabwiye IGIHE ko ubwo bageraga kuri uyu mugore basanze yatewe ibyuma mu maso ariko binagaragara ko yakubiswe ikintu kimeze nk’inyundo mu misaya.

    Yagize ati “ Uriya mugore kuwa Mbere nka saa munani z’amanywa yatewe n’abantu mu mvura baramukomeretsa mu buryo bukomeye, nahise njyanayo na RIB na Polisi kureba ibyabaye, duhita duhamagara imodoka kugira ngo imujyane kwa muganga.”

    Yakomeje agira ati “ Wabonaga ko bamushyize mu kintu kimeze nk’umufuka bagafata inyundo bagahonda mu mutwe nyuma bakanamutera ibyuma mu maso kuko abaganga bamaze kumukarabya nibwo twabibonye.”

    Kanzayire yakomeje avuga ko bahise bajya gushaka umusore wabanaga na nyakwigendera mu rugo, uyu akaba ari umusore uri hejuru y’imyaka 20 aho umugabo w’uyu mugore yari amubereye se wabo.

    Ati “Bari bajyanye guhinga bahinguye amutuma kujya gushaka amakara ngo bateke icyayi, umwana wa nyakwigendera w’imyaka nk’itanu amutuma kujya kuzana amata, ariko uwo mudamu akaba yari afite amafaranga ibihumbi 500 yari yazaniwe n’umugabo we kugira ngo ayongere mu mari y’imyenda yacuruzaga, yayagendanaga ahantu hose, yari atarayajyana kuri banki.”

    Yakomeje avuga ko uyu musore ukekwaho kumwica ngo ariyo yashakaga gutwara. Bikekwa ko yamwishe ubundi akajya gukaraba akazimangatanya ibimenyetso.

    Ati “ Akana k’uwo mugore rero niko kaduhaye amakuru tujya kureba wa musore, ejo RIB na Polisi bajya gusaka inzu ya wa musore basangamo amafaranga ibihumbi 170 mu gisenge cy’inzu ariho n’amaraso, twahise dukeka ko yayahishe mu buryo butandukanye kugira ngo n’uwayabona azayabone ari igice.”

    Umusore ukekwa yahise afatwa akaba afungiwe kuri sitasiyo ya RIB ya Ngoma.


    source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/ngoma-haravugwa-urupfu-rw-umugore-watewe-ibyuma-mu-maso-amaze-kwamburwa

  • Kamonyi: Barindwi bamaze gutabwa muri yombi bakurikiranyweho kwicisha umusore inkoni – #rwanda #RwOT

    Abineza Cyprien w’imyaka 31 y’amavuko yafashwe n’abanyerondo mu rukererera rwo ku wa 17 Mutarama 2021 yikoreye umufuka urimo inanasi bakeka ko azibye bahita bamujyana bamushyikiriza abakozi b’aho yazikuye. Abo bakozi bamurambitse hasi baramukubita kugeza igihe ashiriyemo umwuka.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Musambira, Mpozenzi Providence, yabwiye IGIHE ko hamaze gufatwa abantu barindwi bakekwaho kumukubita agapfa.

    Ati “Abakekwaho kumukubita bikamuviramo urupfu barafashwe; ku cyumweru twafashe batanu n’ejo hari undi wafashwe ndetse no mu ijoro ryakeye hafashwe undi.”

    Mu bafashwe bose, batandatu bafungiye kuri Sitasiyo ya RIB y’Akarere ka Kamonyi naho undi umwe waraye afashwe aracyari kuri Sitasiyo ya Musambira.

    Nyuma yo gufatwa bagiye gukorerwa dosiye bashyikirizwe ubushinjacyaha nk’uko amategeko abiteganya.

    Uyu muyobozi kandi yavuze ko ku bufatanye n’izindi nzego zirimo RIB hakomeje iperereza kugira ngo hamenyekane n’abandi baba baragize uruhare mu rupfu rw’uwo musore kugira ngo babiryozwe.

    Mpozenzi yibukije abaturage ko ntawe ufite uburenganzira bwo kwihanira, ahubwo iyo umuntu afashwe akekwaho icyaha akwiye gushyikirizwa inzego zibishinzwe.

    Yasabye abaturage kandi kwirinda ibyaha ahubwo bakitabira umurimo kugira ngo batere imbere kandi imibereho yabo ihinduke myiza. Yibukije ko ufite ikibazo wese akwiye kugana ubuyobozi bukamufasha gushaka igisubizo.

    [email protected]


    source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/kamonyi-barindwi-bamaze-gutabwa-muri-yombi-bakurikiranyweho-kwicisha-umusore

  • Dore Serivisi z’ingenzi zemerewe gukomeza mu gihe cy’ingamba zo kwirinda Covid-19 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Imishinga y
    Imishinga y’inyubako z’ingenzi iri mu byemerewe gukomeza gukora

    Izo serivisi zirimo izerekeranye n’ibikorwa remezo, ubuhinzi n’ubworozi, ubucuruzi, inganda na serivisi, n’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro nk’uko bigaragara muri iri tangazo:

    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/dore-serivisi-z-ingenzi-zemerewe-gukomeza-mu-gihe-cy-ingamba-zo-kwirinda-covid-19

  • Aganze Christian yatsindiye igihembo cya Beth Brown Memorial Award muri Amerika – #rwanda #RwOT

    Iki gihembo yagiherewe mu Nama y’Umuryango w’Abahanga mu by’Ubugenge b’Abirabura (National Society of Black Physicists, NSBP) yabaye mu Ugushyingo 2020.

    Beth Brown Memorial Award ni igihembo gihabwa umushinga w’ubushakashatsi wihariye kurusha indi mu yamuritswe n’abarangiza icyiciro cya kabiri ndetse n’icya gatatu cya kaminuza, kikaba gitangwa na NSBP ifatanyije na AAS (America Astronomical Association).

    Iki gihembo Aganze yagihawe bitewe n’umushinga yamuritse mu nama ya NSBP, ugaragaza ubushakashatsi yakoze ku ngirwa nyenyeri [inyenyeri nto] zo mu isanzure, wari ufite umutwe ugira uti “Searching for Distant Ultracool Dwarfs in Deep HST/WFC3 Survey”.

    Beth Brown Memorial Award yashyizweho mu guha icyubahiro Dr Beth Brown, Umwirabura wa mbere w’umugore wabonye Impamyabumenyi y’Ikirenga mu 1998, yakuye muri Kaminuza ya Michigan, mu bumenyi mu by’isanzure, witabye Imana mu 2008 afite imyaka 39, nyuma y’ibikorwa byinshi yakoze mu bigo birimo NASA.

    Abatsindiye iki gihembo bahabwa amahirwe arimo kwitabira inama ikurikiraho ya AAS (bishyuriwe n’itike y’urugendo), ubundi bakamurika ubushakashatsi bwabo, bakanemererwa kujya kubumurika muri Kaminuza ya Howard.

    Aganze yarangije muri Kaminuza ya Morehouse College mu 2016, aho yigaga ubutabire, afite intumbero zo kuzaba umwarimu mu by’ubutabire akanafasha urubyiruko ruva mu miryango itishoboye gusoza amasomo mu by’ubutabire ndetse n’ubumenyi mu by’isanzure.

    Ni umunyamuryango wa laboratwari ya Cool Star muri Kaminuza ya California i San Diego, ubushakashatsi bwe bwibanda ku isanzure, ariko cyane cyane ku yindi mibumbe itaramenywe, itanagaragara mu rutonde rw’imibumbe izenguruka izuba.

    Ingirwa-nyenyeri ni inyenyeri ntoya kuruta izisanzwe ndetse zikaba zidafite urumuri ruhagije nka zo, nyinshi muri izo ziba ijya kungana n’umubumbe wa Jupiter.

    Abashakashatsi bagaragaje ko muri nyinshi muri izi zitari mu ihuriro ry’imibumbe izenguruka izuba, zisangwaho amazi bikaba bitekerezwa ko hari zimwe muri zo zishobora kuba zaturwaho.

    Aganze Christian yatsindiye igihembo cya Beth Brown Memorial Award muri Amerika

    source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/aganze-christian-yatsindiye-igihembo-cya-beth-brown-memorial-award-muri-amerika

  • Ikibazo cy’umubyigano w’ibinyabiziga muri Kigali kizarangira mu myaka itatu #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Enjeniyeri w’Umujyi wa Kigali, Emmanuel Asaba Katabarwa, avuga ko barimo kwagura imihanda imwe n’imwe banakora indi mishya izatuma ibinyabiziga bigenda byisanzuye mu masaha yose y’umunsi.

    Iyi gahunda y’imyaka itatu bayitangiriye ku kiraro cyo kuri ruhurura ya Mpazi muri Nyabugogo, kizubakwa hakoreshejwe amafaranga y’u Rwanda miliyari zirindwi, bitarenze ukwezi kwa Werurwe 2021.

    Umujyi wa Kigali kandi urimo gukora umuhanda utambika haruguru y’ibitaro byo ku Muhima ugana Nyabugogo, mu rwego rwo kugabanya imodoka mu muhanda uhuza Kinamba n’ahitwa kuri Yamaha ku Muhima.

    Agace k’umuhanda uva ku kiraro cy’Ikinamba kugera aho wigabanyamo ujya ku Kacyiru, ujya mu Gakiriro n’unyura ku rwibutso rwo ku Gisozi, na ko karimo kwagurwa bitarenze ukwezi kwa Gicurasi uyu mwaka, nk’uko Enj Katabarwa yakomeje kubisobanura.

    Yagize ati “Turimo guteganya kubaka ibirometero bigera kuri 215 muri Kigali, twemeranyijwe na MINECOFIN ko hari amafaranga izajya itugenera buri mwaka, ibikorwa byose hamwe bizarangira bitwaye amafaranga miliyari 400”.

    Ibi ariko birakorwa mu gihe hari n’imihanda Ubuyobozi bw’uyu mujyi buvuga ko abafite ibinyabiziga badakoresha, bigatuma benshi bakererwa kugera mu kazi cyangwa mu ngo iyo batashye.

    Mu mihanda mishya umuntu yakoresha ava Kimironko ajya mu Mujyi, harimo nk’uwa Nyabisindu-Nyarutarama-Kacyiru na Kimicanga atanyuze ku Gishushu na Kimihurura.

    Umuntu uva mu Majyaruguru i Gicumbi agana i Kinyinya, Kimironko, Remera cyangwa Nyarutarama, aho kunyura i Nyabugogo ashobora kunyura mu muhanda uva Nyacyonga ugahinguka i Batsinda cyangwa akomeza akanyura i Kinyinya.

    Hari n’ubwo yakomeza akanyura mu muhanda uva Karuruma ugahinguka ahitwa Beretware, agakomereza i Kagugu cyangwa agacurika anyura mu Gakiriro ka Gisozi ajya ku Kacyiru, aho kuva Karuruma anyura muri Nyabugogo.

    Uwitwa Serugendo ukoresha kenshi umuhanda Kigali-Nyamata, avuga ko kuva ahitwa Rwandex kugera i Nyanza ya Kicukiro, hari igihe ahakererwa nk’isaha n’igice ajya mu kazi cyangwa avayo, kubera umubyigano w’ibinyabiziga.

    Serugendo akavuga ko hari ikibazo cyo kumenyera imihanda imwe, cyangwa kutamenya gutegura urugendo mu rwego kwirinda guhuza isaha n’abandi.

    Yagize ati “Iyo akazi gatangira saa moya za mu gitondo, usanga buri muntu ashaka kwinjira mu Mujyi saa moya zibura iminota 10, nta wibwiriza ngo agende nko mu minota 30 mbere yaho”.

    Akomeza avuga ko yabonye abantu benshi bava mu Mujyi banyura inzira ya Rwandex-Nyanza, nyamara hari aho bashobora kunyura bihuta kuva mu Mujyi-Nyamirambo-Rebero Nyanza, cyangwa Kiyovu-Gikondo-Rebero-Nyanza.

    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/Ikibazo-cy-umubyigano-w-ibinyabiziga-muri-Kigali-kizarangira-mu-myaka-itatu

  • Ibigo ‘YEGO Centre’ biri mu byakuye Urubyiruko mu bwigunge #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Urubyiruko rworoherejwe gukoresha ikoranabuhanga. Uyu ni umwe mu biga muri Kaminuza yo mu mahanga mu buryo bw
    Urubyiruko rworoherejwe gukoresha ikoranabuhanga. Uyu ni umwe mu biga muri Kaminuza yo mu mahanga mu buryo bw’iya kure

    Hamwe mu ho Kigali Today yageze, ikaganira n’Urubyiruko ruhagana, Musanze Employment Service Centre ibarizwa muri Youth Empowerment for Global Opportunities (YEGO CENTRE) Musanze. Hari abifashisha ikoranabuhanga, bagakurikirana amasomo atangwa na Kaminuza zo mu mahanga mu buryo bw’iya kure, abafashwa gusaba akazi cyangwa kukimenyereza mu bigo bitandukanye binyuze mu Kigo cya Musanze Employment Service Center gikorera muri Yego Center ya Musanze.

    Tuyambaze Patrick, wiga amasomo y’igihe gito atangwa na Kaminuza yo mu Bwongereza mu buryo bw’iya kure yifashishije mudasobwa zo muri iki kigo, avuga ko yabonye uko abasha gukomeza amasomo ye mu gihe gito yishyuriwe na Leta.

    Yagize ati: “Nkurikirana amasomo atangwa binyuze mu ihuriro ry’amakaminuza mpuzamahanga (Coursera) ahabwa abashaka akazi biganjemo urubyiruko ku nkunga ya RDB. Niga muri Kaminuza yo mu Bwongereza mu buryo bw’iya kure. Usanze ndi kwiga rimwe mu masomo baduhaye ari nako ndikura kuri interineti mbikoreye muri Musanze Employment Service Centre ikorera muri YEGO Centre ya Musanze kandi nta kiguzi nsabwe. Ubu ni uburyo bubereye urubyiruko leta yadushyiriyeho, kuko butworohereza by’umwihariko abadafite ubushobozi bwo kwishyura serivisi z’ikoranabuhanga muri za Cyber café”.

    Rwiyemezamirimo witwa Karekezi na we yagize ati: “Nkunda kugana Yego Centre, nkifashisha ikoranabuhanga mu gushakisha imiryango nterankunga twafatanya mu rwego rwo kwagura imishinga yanjye cyangwa nkanashakisha amakuru arebana n’uburyo bwiza bwo gutegura imishinga no kuyicunga neza. Biradufasha kuko udafite ubushobozi bwo kwishyura izi serivisi ahandi, azibonera hano bitamugoye. Nkurikije intumbero mfite, nizeye neza ko nzagera kure, bidatinze, nkazakabya inzozi mfite zo kwiteza imbere. Ndashima Leta yatwitayeho muri ubu buryo bwaturinze kuba imburamukoro”.

    Ibigo YEGO Centre byo mu turere tw’Intara yAmajyaruguru, biha urubyiruko Serivisi zijyanye no kubona amahugurwa yo kwihangira imirimo, ubujyanama ku birebana n’ubuzima bw’imyororokere, kwiga imyuga, imyidagaduro kandi izi serivisi bakazihabwa ku buntu.

    Kuva mu mwaka wa 2016 Ikigo Musanze Employment Sevice Centre gishyirwa muri YEGO Centre ya Musanze kimwe n’izindi serivisi zitangwa muri za Yego Centre, ngo byakemuye byinshi, kuko urubyiruko rwabashije kubigana, rwigishijwe bituma rwisobanukirwa. Bamwe mu bahuzabikorwa b’ibi bigo, bakangurira urubyiruko kutitesha aya mahirwe leta yabashyiriyeho.

    Urubyiruko rworoherejwe gukoresha ikoranabuhanga mu gushaka amakuru y
    Urubyiruko rworoherejwe gukoresha ikoranabuhanga mu gushaka amakuru y’ibintu bitandukanye

    Rwigamba Aimable, Umuyobozi wa Musanze Employment Service Center akaba n’Umuyobozi wa Yego Centre Musanze yagize ati: “Ni gahunda yafashije urubyiruko rurangiza amasomo, kugira icyo ruhugiraho, kiruhesha andi mahirwe y’ubuzima bw’ahazaza bitewe n’ubumenyi bwagura ibitekerezo byabo bahabonera. Ubu hari ababasha kubiheraho bakihangira imirimo cyangwa bakabona akazi, kandi inshingano bahawe bakazikora neza”.

    Muri iki gihe abantu bahanganye n’ikwirakwizwa rya Covid-19, ibi bigo hari serivisi zakomeje gutangwa hubahirizwa ingamba zo kwirinda iki cyorezo, ariko hakagenwa umubare ntarengwa w’abazihabwa ku munsi; gusa nk’izirebana n’imyidagaduro zo zabaye zihagaritswe.

    Umuhuzabikorwa wa Yego Centre Gakenke, Hakuziyaremye Déogratias, yasabye urubyiruko Kuba maso, ntirwemere ko hagira abitwikira icyorezo Covid-19 ngo bashake kubashuka, babaroha mu bikorwa byangiza isura yabo.

    Urubyiruko rugana ibi bigo ruvuga ko rutakigunga kuko ruba rufite ibyo ruhugiyeho
    Urubyiruko rugana ibi bigo ruvuga ko rutakigunga kuko ruba rufite ibyo ruhugiyeho


    source https://www.kigalitoday.com/ikoranabuhanga/ubumenyi/Ibigo-YEGO-Centre-biri-mu-byakuye-Urubyiruko-mu-bwigunge