Tag: featured

  • Padiri Ubald yasomewe misa yo kumusezeraho, umurambo we utegerejwe i Kigali – #rwanda #RwOT

    Padiri Ubald witabye Imana ku wa 7 Mutarama, azize indwara y’ibihaha yatewe n’ingaruka za COVID-19, yasomewe misa ku wa 27 Mutarama 2021.

    Saa Kumi za mu gitondo zo mu Rwanda, habaye igitaramo cyo kumusezerano mu gihe saa Tatu z’umugoroba aribwo habaye Igitambo cya Misa yo kumusabira umugisha.

    Igitambo cya misa cyabaye hari n’umurambo wa Padiri Ubald wamaze kuvanwa mu buruhukiro bw’ibitaro yapfiriyemo.

    Ntabwo haratangazwa itariki umurambo wa Padiri Ubald uzagerezwa mu Rwanda gusa amakuru IGIHE yamenye ni uko abo mu muryango we, bamaze gushyikirizwa impapuro zemeza ko bagomba kwakira umurambo wa nyakwigendera.

    Musenyeri Hakizimana Célestin, Umushumba wa Diyosezi ya Gikongoro akaba n’Umuyobozi wa Diyosezi ya Cyangugu, yavuze ko hari indi mihango yo kumusezeraho iteganyijwe kubera muri Amerika irimo n’amasengesho.

    Abo mu muryango wa Padiri Rugirangoga Ubald baherutse kubwira IGIHE ko umurambo we, uzazanwa mu Rwanda, hategurwe misa yo kumusabira no kumushyingura ku Gasozi k’Ibanga ry’Amahoro.

    Agasozi k’Ibanga ry’Amahoro gaherereye mu Kagari ka Kamatita, Umurenge wa Gihundwe, Akarere ka Rusizi ho mu Burengerazuba. Ni muri Diyosezi Gatolika ya Cyangugu, Paruwasi Nkanka, Santarari Muhari. Ni agasozi gafite ubuso busaga hegitari 25.

    Iburasirazuba bw’ako Gasozi hari umugezi wa Nyandarama, mu Majyaruguru hari ishyamba rizwi nka Pharmakina, Iburengerazuba hari Ikiyaga cya Kivu, naho mu Majyepfo hari umudugudu wa Cyinzovu na Kamanyenga byo mu Kagari ka Kamatita.

    Padiri Rugirangoga Ubald azibukwa by’iteka nk’uwatangije ibikorwa by’isanamitima n’ubwiyunge muri Paruwasi Gatolika ya Mushaka yo mu Karere ka Rusizi.

    Mu mwaka wa 2015, yagizwe Umurinzi w’Igihango kubera uruhare yagize mu gutangiza gahunda y’Ubumwe n’Ubwiyunge muri Paruwasi ya Mushaka, ikaba yarabyaye imbuto nyinshi mu baturage ndetse inarenga imbibi igera no mu zindi.

    Mu 2019, Padiri Ubald yanditse igitabo kivuga ku bumwe n’ubwiyunge cyitwa “Forgiveness Makes You Free” kigamije gufasha Abanyarwanda gukomeza urugendo rw’ubwiyunge.

    Mbere y’igitambo cya misa cyo gusengera Ubald habanje kuba igitaramo cyo kumusezeraho

    Misa yo gusezera kuri Ubald yitabiriwe n’abantu batandukanye bari bafite ibendera ry u Rwanda

    Abaje mu misa yo gusezera Padiri Ubald bari bambaye imyenda iriho ifoto ye

    Padiri Ubald yasomewe misa yo kumusezeraho

    Umurambo wa Padiri Ubald wavanywe mu buruhukiro bw’ibitaro yaguyemo

    source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/padiri-ubald-yasomewe-misa-yo-kumusezeraho-umurambo-we-utegerejwe-i-kigali

  • Abagenzi baturutse mu Rwanda bakumiriwe kwinjira mu Bwongereza – #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa Kane nibwo u Bwongereza bwatangaje iki cyemezo cyo kongera ibihugu bitatu ku rutonde rw’ibindi bisanzwe, abaturage babyo bakumiriwe kwinjira muri icyo gihugu.

    U Bwongereza bwatangaje ko iki cyemezo kigomba gutangira gukurikizwa ku wa Gatanu saa Saba z’amanywa.

    Bisobanuye ko abantu binjiye cyangwa banyuze muri ibi bihugu batazemererwa kwinjira mu Bwongereza, usibye abenegihugu b’iki gihugu na Irlande.

    Abagenzi bagomba kugaragaza icyangombwa cy’uko bipimishije kandi badafite ubwandu bwa Coronavirus, cyangwa bagahanishwa ama-Pound 500.

    Mu Ugushyingo 2020, nibwo u Bwongereza bwaherukaga gutangaza urutonde rw’ibihugu birimo n’u Rwanda aho abagenzi babiturutsemo bari bemerewe kujya muri iki gihugu.

    U Bwongereza bwafashe izi ngamba mu gihe ku wa 26 Mutarama 2021, bwabaye igihugu cya mbere ku Mugabane w’u Burayi aho abishwe na Coronavirus barenze ibihumbi 100.

    Muri iki gihugu kandi abaturage bari mu cyiciro cya gatatu cya guma mu rugo, aho kuri ubu icyorezo gifite ubukana bwinshi.

    Kuva umurwayi wa mbere wa Coronavirus agaragaye mu Bwongereza, hamaze kuboneka abarwayi 3 743 734; abayikize ni 1 673 936 mu gihe 103 126 yabahitanye.

    Abagenzi bava mu Rwanda bakumiriwe kwinjira mu Bwongereza mu gihe rwashyizwe ku mwanya wa Gatandatu ku Isi mu guhangana n’icyorezo cya COVID19, ruba igihugu kimwe rukumbi cya Afurika kije mu bihugu 10 bya mbere.

    Uru rutonde rwakozwe hagendewe ku bushakashatsi bwakozwe n’Ikigo ‘Lowy Institute’ cyo muri Australia. Mu kubukora cyibanze ku makuru atangazwa n’inzego zishinzwe ubuzima mu bihugu umunsi ku munsi agaragaza umubare w’abapimwe COVID-19, abanduye, abakize, abapfuye n’abakirwaye.

    Ibihugu birimo u Bushinwa, Tanzania n’u Burundi ntabwo bigaragara ku rutonde rw’ibihugu kuko nta makuru bitanga ku bijyanye n’imiterere ya Coronavirus umunsi ku munsi.

    Abagenzi baturutse mu bihugu bitandukanye birimo n’u Rwanda bakumiriwe kwinjira mu Bwongereza

    source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/abagenzi-baturutse-mu-rwanda-bakumiriwe-kwinjira-mu-bwongereza

  • Perezida Kagame yagaragaje ishoramari ryo mu buzima nk’iturufu mu kurandura indwara zititabwaho uko bikwiye – #rwanda #RwOT

    Indwara zititabwaho uko bikwiye zizwi nka NTDs (Neglected Tropical Diseases) ni uruhurirane rw’izigera kuri 13 zibasira cyane ibihugu muri rusange ibihugu biri mu nzira y’amajyambere, byiganjemo ibyo ku Mugabane wa Afurika, cyane cyane ibyo Munsi y’Ubutayu bwa Sahara u Rwanda ruherereyemo.

    Mu Rwanda, indwara zititabwaho uko bikwiye zibangamiye ubuzima bw’abaturage, zigizwe n’inzoka zo mu nda (runwa, mugugunnyi, munyunyuzi, …), bilariziyoze, amavunja, imidido (bamwe bayita ibitimbo), shishikara (bamwe bita uruheri), Trachoma (Uburwayi bw’amaso bushobora kuvamo ubuhumyi), ibisazi by’imbwa (kurumwa n’imbwa) n’ubumara bw’inzoka (kurumwa n’inzoka).

    Indwara zizahaza abazirwaye ndetse hari n’abo zihitana; ziri mu cyiciro cy’izamaze gucika ahandi hose ku Isi, ariko ziracyazahaza abantu barenga miliyari 1,7 batuye mu bihugu bikennye. Ibi bituma izi ndwara zititabwaho, bityo zigakomeza kuguma mu gice kimwe cy’Isi kandi bimaze kugaragara ko zarandurwa burundu ku Isi yose.

    Iyi niyo mpamvu Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, OMS, ryateranyije inama igamije kwemerezamo gahunda y’imyaka 10 (2021-2030) igamije kugabanya cyangwa kurandura izo ndwara burundu.

    Izo ntego zivuga ko buri gihugu mu bikigaragaramo izo ndwara kigomba kuba cyaranduye imwe muri zo mu myaka 10 iri imbere, bityo ubukana bwazo muri rusange bugahashywa ku rwego rwo hejuru.

    Perezida Kagame yashimye OMS yashyizeho iyi gahunda, avuga ko izo ndwara zitera ibibazo bikomeye birimo ubumuga bw’umubiri n’ubwo mu mutwe, bityo ko zikwiye kurandurwa mu buryo bwose bushoboka.

    Yagize ati “Izo ndwara zirababaza kandi zitera ubumuga bw’igihe kirekire. Zituma kandi abana badakura neza, yaba mu mitekerereze no ku mubiri. Niyo mpamvu umuryango mpuzamahanga ukwiye gushyira mu bikorwa iyi gahunda, kugira ngo tugere ku ntego z’iterambere rirambye.”

    Perezida Kagame kandi yavuze ko kimwe mu byashoboje u Rwanda guhangana no kurandura zimwe muri izi ndwara ari uko ubuvuzi bwazo bwashyizwe muri serivisi z’ubuzima zitangwa kugera ku rwego rwo hasi.

    Yongeyeho ko ari ingenzi cyane ku Mugabane wa Afurika kwishakamo ubushobozi bwatuma uhangana n’izi ndwara.

    Yakomeje ati “Ishoramari rikozwe mu buzima ni igishoro cyiza. Niyo mpamvu nshaka kugaragaza akamaro ko kwishakamo igishoro cyo gutera inkunga serivise z’ubuzima, cyane cyane muri Afurika.’’

    Umukuru w’Igihugu yavuze ko nk’Umugabane wa Afurika, ari na wo wibasiwe cyane n’indwara zo mu cyiciro cy’izitabwaho uko bikwiye, uri gukora ibishoboka byose kugira ngo wishakemo amikoro agomba gutera inkunga serivisi z’ubuzima.

    Yagize ati “Kwishakamo amikoro ashorwa mu rwego rw’ubuzima ni ngombwa ku Muryango wa Afurika Yunze Ubumwe, kandi iterambere riri kugaragara muri buri gihugu buri mwaka.”

    Perezida Kagame akuriye ibikorwa by’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe bigamije gufasha ibihugu bigize uyu mugabane kwishakamo ubushobozi bwatuma ufasha kwiyishyurira ikiguzi cya serivisi z’ubuzima muri rusange, dore ko uru rwego ari rumwe mu rushingiye ku nkunga zituruka hanze y’umugabane kandi ari urwego rw’ingenzi cyane mu buzima bw’ibihugu.

    Perezida Kagame yavuze ko ishoramari ryo mu rwego rw’ubuzima ari ingenzi cyane mu kurandura indwara zititabwaho uko bikwiye

    source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/perezida-kagame-yagaragaje-ko-ishoramari-mu-buzima-rizarandura-indwara-zibasira

  • Abayahudi bishwe na Jenoside yakorewe Abatutsi ntibizibagirana- Minisitiri Busingye – #rwanda #RwOT

    Ibi yabigarutseho ku wa 27 Mutarama 2021 ubwo yitabiraga umuhango wo kwibuka Jenoside yakorewe Abayahudi (Holocaust) yabaye mu 1939-1945, ikozwe na Adolf Hitler afatanyije n’abambari be bo mu Ishyaka ry’Aba-Nazi.

    Ni umuhango wabaye hifashishijwe ikoranabuhanga mu rwego rwo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID-19.

    Minisitiri Busingye yavuze ko Jenoside yakorewe Abayahudi n’iyakorewe Abatutsi zifite umwihariko.

    Yakomeje ati “Mu 1994 u Rwanda rwari mu kaga ka Jenoside yakorewe Abatutsi. Uyu munsi nk’uko twibuka, turasangira amateka amwe y’ibyago twagize. Imbaga y’Abayahudi bishwe ndetse na Jenoside yakorewe Abatutsi ntibizigera byibagirana mu ntekerezo z’ikiremwamuntu.”

    Yavuze ko yaba Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ndetse n’iy’Abayahudi zifite umwihariko bidashingiye ku buremere bwa Jenoside ahubwo bishingiye ku mateka y’ibihugu.

    Ati “Jenoside yakorewe Abayahudi (Holocaust) yabaye mu 1939 kugeza 1945, byanatumye Isi yemeza ko Jenoside itazongera ukundi. Nyuma yaho gato Jenoside yakorewe Abatutsi yarabaye kandi nabwo byari bimaze kwemezwa ko Jenoside itazongera kubaho ukundi.”

    “Icyo nshaka kuvuga ni uko twakosora uko gutsindwa kwabaye maze tugakora ikigomba gukorwa koko.”

    Minisitiri Busingye yavuze ko u Rwanda na Israel bihuje amateka kuko uburyo Jenoside zabyibasiye zateguwe ari bumwe, aho abayiteguraga bagenderaga ku moko, gutesha agaciro umuntu, ivangura n’ibindi.

    Ambasaderi wa Israel mu Rwanda, Dr Ron Adam, yavuze ko kuba igihugu cye na Ambasade y’u Budage byarafatanyije gutegura gahunda yo kwibuka ari urugero rwiza rw’ibyagerwaho abantu baramutse biyunze kandi bagafatanya.

    Ati “Iyi gahunda yo kwibuka yateguwe na Ambasade ya Israel n’iy’u Budage mu Rwanda, ni urugero rwiza rw’ibyo twageraho duhisemo ubuzima.”

    Dr Ron Adam yavuze ko kwibuka biri mu nshingano zigamije guha agaciro abazize Jenoside kandi haharanirwa ko itazongera ukundi.

    Ati “Ni inshingano zacu kwibuka abazize Jenoside yakorewe Abayahudi kandi duharanira ko ibi byabaye bitazongera ukundi.”

    Dr Ron Adam yasabye abantu kongera gutekereza ku mateka azatuma bubaka ahazaza harangwamo amahoro, ukuri, ubumwe n’ubwiyunge ndetse no kurushaho gukorera hamwe.

    Nyiricyubahiro Antoine Cardinal Kambanda na we witabiriye uyu muhango yavuze ko bibabaje kubona umuntu atotezwa akanicwa azize uko yavutse ndetse yibukije abantu ko baremwe mu ishusho imwe y’Imana bityo ko bakwiye kubaho nk’abavandimwe.

    Ati “Birababaje kubona umuntu atoteza akanica mugenzi we amuziza aho akomoka, nta muntu n’umwe wagize uruhare mu kugena igihugu avukiramo, uruhu byose bitangwa n’Imana, Umuremyi wacu.”

    Yavuze ko kwibuka Jenoside y’Abayahudi byongera gutanga umukoro wo kongera kwiyunga n’Imana, umuryango mugari ndetse no kongera kwiyunga n’amateka.

    Ati “Kwibuka Jenoside yakorewe Abayahudi biraduha umukoro wo kwiyunga n’Imana, kwiyunga n’umuryango mugari no kongera kwiyunga n’amateka yacu. Icya kabiri ni uko tugomba gushyira imbaraga mu kwigisha urubyiruko.”

    Jenoside yakorewe Abayahudi yatangiye mu 1939 irangira mu 1945, yahitanye abagera kuri miliyoni esheshatu.

    Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta y’u Rwanda, Busingye Johnston, yavuze ko Jenoside yakorewe Abatutsi n’iyakorewe Abayahudi zitazibagirana

    source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/abayahudi-bishwe-na-jenoside-yakorewe-abatutsi-ntibizibagirana-minisitiri

  • Uburyo guhuza ubutaka byafashije abahinzi b’i Kayonza kwihaza ku musaruro – #rwanda #RwOT

    Guhuza ubutaka ni kimwe mu byo leta ishishikariza abaturage gukora ngo kuko bifasha abahinzi kwiteza imbere, kuko abishyize hamwe bashakirwa amasoko, bakagezwaho inyongeramusaruro n’imbuto mu buryo bworoshye.

    Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Gahini mu Karere ka Kayonza baganiriye na IGIHE bagaragaje uburyo batariteza imbere bahingaga uko bishakiye bakanagira umusaruro muke ugereranyije na nyuma yo gutangira guhuza ubutaka.

    Mukagatesi Vestine utuye mu Mudugudu wa Nyabombe mu Kagari ka Juru yavuze ko mbere yahingaga uko yishakiye, ntiyakoreshaga inyongeramusaruro ariko amaze kwisunga abandi yatangiye kubona inyungu.

    Ati “Ubu guhuza ubutaka bituma umuntu ahingira ku gihe, tugahinga imbuto imwe y’indobanure baduha. Urugero nkanjye nahingaga ibyo niboneye nkahinga nta ntego mfite ariko aho natangiriye guhuza ubutaka n’abandi nsigaye mpinga ngamije kwihaza, nkanasagurira amasoko.”

    Yakomeje avuga ko mbere yezaga umufuka umwe bitewe n’uburyo umurima yawuvangavangagamo ibihingwa byinshi bikarangira byose biteze neza.

    Ati “Ubu mpinga igihingwa kimwe, nka mbere nezaga umufuka w’ibigori none ubu ngeze ku mifuka icumi bitewe nuko nkoresha ifumbire n’imbuto z’indobanure. Aho ntangiriye guhinga ku butaka buhuje baraduhuguye ku buryo dusigaye tujya guhinga dufite intego.”

    Uwabeza Clémence we yagize ati “Icyiza cyo guhuza ubutaka mukorera hamwe nk’abahinzi nta n’umwe ugira umurima urara, ni yo umusaruro ubonetse mugurishiriza hamwe ku buryo nta n’umwe ujya gushakisha amasoko wenyine.”

    Yakomeje avuga ko mbere yahingaga mu kajagari ku giti cye agapfa gutera buri bigori byose abonye ariko ngo aho amariye gutangira guhinga afatanyije n’abandi umusaruro warabonetse cyane.

    Ati “Mbere narahingaga umusaruro mbonye nkagira ngo ni uwo, hegitari nayezagaho nka toni ebyiri cyangwa eshatu nkumva ni umusaruro mwinshi. Aho ngiriye muri koperative nkahingana n’abandi nkahabwa amahugurwa nabonye ko hegitari nshobora kwezaho toni eshanu kugera ku munani. Ubu niteze kweza toni eshanu ariko ubutaha nzanazirenza kuko namenye ibanga.”

    Uwabeza yasabye Abanyarwanda bagifite imyumvire yo guhinga bonyine badahuje ubutaka n’abandi kubireka bakisungana ngo kuko ni ho hari inyungu nyinshi.

    Ati “Inama nabagira ni uko guhuza ubutaka bituma abantu bahuza imbaraga n’ibitekerezo bagatera imbere mu buryo bworoshye, umusaruro wabo uriyongera cyane kuko hari ubwo mu itsinda usangamo abazi ibanga ryo guhinga ukabigiraho.”

    Umuyobozi wa Koperative Twiteze imbere Nyabombe iherereye mu Murenge wa Gahini, Nsengimana Jean Bosco, yavuze ko bishyize hamwe ari abahinzi 63 bahuza ubutaka bagamije guhingira hamwe no gushakira isoko hamwe.

    Yavuze ko kuva batangira kwishyira hamwe bakanahuza ubutaka, abaturage babyungukiyemo cyane kuko babona inyongeramusaruro byoroshye kabone nubwo umuturage yaba adafite amafaranga.

    Ati “Ikindi imbuto bayibonera igihe kimwe mu gihe mbere buri wese yiguriraga imbuto ukwe ugasanga bamwe bejeje mbere abandi batareza none ubu baterera rimwe, byanera tugashakira isoko rimwe.”

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gahini, Rukeribuga Joseph, yavuze ko guhuza ubutaka ku baturage bifasha leta kubashakira amasoko mu buryo bworoshye.

    Ati “Iyo bahingiye hamwe bahuje ubutaka bidufasha kurwanya abamamyi bagura imyaka ikiri mu murima ku giciro gito, ikindi bidufasha kubashakira amasoko mu buryo bworoshye.”

    Gitifu Rukeribuga yavuze ko muri uyu Murenge abaturage benshi bamaze gusobanukirwa ibyiza byo guhinga ku butaka buhuje aho hegitari zisaga 400 mu bice bitandukanye zihingwaho ku butaka buhuje.

    Abahinzi b’i Kayonza banyuzwe n’icyemezo cyo guhuza ubutaka cyabafashije kwihaza ku musaruro. Ibi ni ibigori by’abahuje ubutaka mu Murenge wa Gahini

    Nsengimana Jean Bosco uyobora Koperative Twiteze imbere avuga ko kuri ubu inyungu yo guhuza ubutaka batangiye kuyibona

    Uwabeza Clémence yavuze ko agihinga wenyine ataramenya ibanga riri mu guhuza ubutaka yezaga toni ebyiri kuri hegitari none ubu yiteze kubona toni ziri hejuru y’eshanu

    source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/uburyo-guhuza-ubutaka-byafashije-abahinzi-b-i-kayonza-kwihaza-ku-musaruro

  • MTN Rwanda yatanze miliyoni 50 Frw azifashishwa mu kwita ku ndembe za COVID-19 – #rwanda #RwOT

    Ku wa 27 Mutarama 2021, ni bwo MTN Group yatanze iyi nkunga biturutse ku bufatanye isanzwe igirana na Leta ndetse n’abikorera.

    Iyi nkunga izafasha kubona inkingo za COVID-19 zigera kuri miliyoni zirindwi, zizahabwa abakora mu nzego z’ubuzima ku Mugabane wa Afurika, bikazanagira uruhare mu gukingira abakozi b’Ikigo cya Afurika gishinzwe kurwanya no gukumira indwara z’ibyorezo (Africa CDC).

    Perezida akaba n’Umuyobozi Mukuru wa MTN, Ralph Mupita, yavuze ko ingaruka za COVID-19 zabaye mbi cyane ari nayo mpamvu hakenewe ubufatanye mu kuzahura ubukungu.

    Yagize ati “Ubufatanye bwa leta n’abikorera burakenewe niba dushaka gutsinda icyorezo no kugarura amahame mbonezamubano n’ubukungu ku mugabane wacu no mu baturage bacu.”

    Iyi gahunda yo gufasha ibibugu binyamuryango bya Afurika Yunze Ubumwe izagera no ku Rwanda.

    Minisitiri w’Ubuzima, Dr Daniel Ngamije, yashimiye intambwe ya MTN yo gushyigikira gahunda ya AU yo gukingira COVID-19.

    Yakomeje agira ati “Igihe cy’ubufatanye bwa Leta n’abikorera kirageze. Nizera ko ibi bizatuma ubufatanye burushaho gutera imbere mu bandi bikorera bo muri Afurika kandi bigatuma inkingo zirushaho kugera ku mugabane wose.’’

    MTN Rwanda nayo ikomeje gufasha mu buryo butandukanye abagizweho ingaruka n’icyorezo cya COVID-19, ndetse yakomeje gutanga umusanzu mu guhashya iki cyorezo.

    Mu gihe hagitegerejwe urukingo, MTN Rwanda yatanze miliyoni 50 Frw zo gufasha mu guhangana n’iki cyorezo.

    Iyi nkunga ya MTN Rwanda yashyikirijwe Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima, RBC, aho biteganyijwe ko izafasha mu kugura udukoresho twifashishwa mu kugenzura ingano y’umwuka ku murwayi w’indembe ya Coronavirus.

    Umuyobozi Mukuru wa MTN Rwanda, Mitwa Ng’ambi, yavuze ko bishimiye uruhare MTN Group mu rugamba rwo guhangana na COVID-19.

    Yagize ati “MTN Rwanda nayo mu mwaka ushize yatanze umusanzu wayo imbere mu gihugu mu rugamba rwo guhangana na COVID-19, ariko tuzirikana ko urugamba rutararangira.”

    Yakomeje agira ati “Dukomeje kureba uburyo twafasha abaturage mu gihe turi kunyurana muri ibi bihe bikomeye. Mu gihe ingamba z’ubwirinzi zikomeje kubahirizwa, dutekereza ko ari ingenzi kuri twe kugira uruhare mu kongera umubare w’ibyuma byongera umwuka mu gihe tugitegereje urukingo.”

    Umuyobozi Mukuru wa RBC, Dr Nsanzimana Sabin yavuze ko inkunga yatanzwe ari ingenzi mu rugamba rwo kongera ubushobozi mu bigo byita ku ndembe.

    Ati “Twishimiye inkunga ya MTN Rwanda izunganira imbaraga dukomeje gushyira mu kurwanya COVID-19.”

    Guverinoma y’u Rwanda ifite ubushobozi bwo kwakira abarwayi 500 ba Coronavirus barembye cyane.

    Umuntu avugwa ko ari indembe iyo afite ikibazo cyo guhumeka ku buryo amaraso adatembera neza mu mubiri. Anagira umuriro no gucika intege cyane, kuribwa mu ngingo n’ibindi birimo gukorora.

    Kwita ku ndembe za COVID-19 bisaba ubushobozi buhambaye kuko hari abarwayi bakenera litiro icumi z’umwuka ku munota kugira ngo babashe guhumeka.

    Sosiyete y’Itumanaho ya MTN Group imaze igihe itanga umusanzu wayo mu rugamba rwo guhangana na COVID-19

    source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/mtn-rwanda-yatanze-miliyoni-50-frw-azifashishwa-mu-kwita-ku-ndembe-za-covid-19

  • U Rwanda rwahaye ikaze icyemezo cya USA cyo kuzashyira mu bikorwa amaserano ya Kigali #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ibyuma bishyushya mu nzu ni kimwe mu birekura imyuka ya HCFs iteza imihindagurikire y
    Ibyuma bishyushya mu nzu ni kimwe mu birekura imyuka ya HCFs iteza imihindagurikire y’ibihe

    Iyo myuka ituruka ku ikoreshwa ry’ibyuma bikonjesha cyangwa bishyushya, iteza ikirere cy’isi gushyuha bikabije, aho kilogarama imwe yayo itanga toni imwe y’imyuka ya karubone yitwa C02 (umwuka mubi).

    Mu mwaka wa 2016 abayobozi b’ibihugu bitandukanye bigize isi bahuriye i Kigali, bavugurura Amasezerano y’i Montreal muri Canada abuza ibikorwa bya muntu kohereza imyuka ihumanya mu kirere, kuko ari yo mpamvu y’imihindagurikire y’ibihe iteza ibiza by’imyuzure n’amapfa.

    Ayo masezerano ya Kigali yasabye ibihugu bigize isi cyane cyane ibifite inganda nini, kugabanya kohereza mu kirere imyuka ya karubone igera kuri toni miliyari 70 bitarenze mu mwaka wa 2050, bikaba byakumira ko ubushyuhe bw’isi bwakwiyongeraho ‘degree Celsius’ 0.5Co.

    Mu bihugu 120 byamaze gutangira gushyira mu bikorwa ayo masezerano n’u Rwanda rurimo, igihugu cya Leta zunze Ubumwe za Amerika cyari cyarayashyizeho umukono ariko kitaragaraza uburyo kizayashyira mu bikorwa.

    Ibyuma bituma ahantu hakonja byagaragaje ko byohereza mu kirere imyuka ya HCFs iteza imihindagurikire y
    Ibyuma bituma ahantu hakonja byagaragaje ko byohereza mu kirere imyuka ya HCFs iteza imihindagurikire y’ibihe

    Ministiri w’Ibidukikije mu Rwanda, Dr Jeanne d’Arc Mujawamariya yishimiye ko Perezida Joe Biden uherutse gutorwa, atumye USA itangira gufatanya n’isi mu ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano ya Kigali, kuko abaturage muri rusange n’ab’u Rwanda by’umwihariko bibasiwe n’ibiza by’amapfa hamwe n’imyuzure.

    Ati “Amerika yiyemeje gufatanya n’isi yose, ayo masezerano afite ingingo zitandukanye zitubuza kwangiza ikirere kuko bituma habaho imihindagurikire y’ibihe. Icyo twongeyemo mu maseserano ya Montreal, ni ukugabanya ibyuka bya HFCs bituruka mu byuma bishyushya cyangwa bikonjesha”.

    Mu bihugu bishyuha, cyane cyane ibyo mu Barabu, usanga bakoresha mu nzu no mu modoka bagendamo, ibyuma bibaha akayaga gakonje ndetse na za ‘frigo’ zikonjesha ibiribwa, mu gihe mu bihugu bya Amerika ya ruguru n’i Burayi hakonja, ho bakoresha ibyuma bituma mu modoka no mu nzu hashyuha.

    Mu Rwanda na ho akenshi bakoresha ibyuma bikonjesha iyo ikirere gishyushye, ariko ibishyushya na byo bikitabazwa mu gihe hakonje.

    Amasezerano ya Kigali ategeka ibihugu gukoresha ibyuma bikonjesha cyangwa bishyushya n
    Amasezerano ya Kigali ategeka ibihugu gukoresha ibyuma bikonjesha cyangwa bishyushya n’imodoka ariko bitohereza imyuka mu kirere

    Umuryango urwanya ihumana ry’ikirere muri USA witwa NRDC, uvuga ko Inteko Ishinga Amategeko (Congress) yajyaga igenera inkunga ikigega cyo gufasha ibihugu biri mu nzira y’amajyambere kubahiriza Amasezerano ya Montreal, none bibaye amahire ko Amerika nayo izemeza mu gihe kitarenze amezi abiri, ko iyashyize mu bikorwa.

    Biteganyijwe ko u Rwanda ruzifashisha ayo masezerano rugatangira gukoresha ibyuma bikonjesha umusaruro w’ibiribwa, mu rwego rwo kuwurinda kwangirika.


    source https://www.kigalitoday.com/ibidukikije/ibungabunga/article/u-rwanda-rwahaye-ikaze-icyemezo-cya-usa-cyo-kuzashyira-mu-bikorwa-amaserano-ya-kigali

  • Urwego rw’Umuvunyi rwagaragarije abadepite ingamba zo guhangana n’ibibazo bya ruswa n’akarengane – #rwanda #RwOT

    Yabitangaje kuri uyu wa Gatatu tariki 27 Mutarama 2020, ubwo yasubizaga bimwe mu bibazo yabajijwe na Komisiyo ya Politiki, Uburinganire n’Ubwuzuzanye bw’Abagabo n’Abagore mu Iterambere ry’Igihugu mu Nteko Ishinga Amategeko, Umutwe w’Abadepite, ku bibazo byagaragaye muri raporo y’ibikorwa by’Urwego rw’Umuvunyi by’umwaka wa 2019-2020.

    Nirere yabwiye Abadepite ko muri rusange, hari intambwe nini igihugu kimaze gutera mu kurwanya ruswa n’akarengane, kandi bigizwemo uruhare n’Urwego rw’Umuvunyi n’izindi nzego zitandukanye, yaba iza Leta, abikorera n’imiryango y’iterambere, yaba iyo mu Rwanda na mpuzamahanga, ndetse n’abaturage.

    Abadepite babajije impamvu mu isesengura rya raporo z’Urwego rw’Umuvunyi mu myaka itatu ishize, kuva muri 2017 kugera muri 2020, igaragaza ko mu bibazo byerekeranye no kwimura abaturage ku mpamvu z’inyungu rusange, imanza zitarangizwa ndetse n’ibibazo by’ubutaka bihora biza ku isonga mu bibazo bigaruka buri mwaka.

    Nirere yabwiye Abadepite ko ibibazo bikigaragara mu kwimura abaturage ku mpamvu z’inyungu rusange bituruka ku kudakora neza inyigo y’imishinga bityo ntihateganywe amafaranga ahagije yo kwishyura ibikorwa biba byangijwe.

    Ikindi kibazo yagaragaje ni inzira ndende bifata kugira ngo umuturage yishyurwe kuva abaruriwe umutungo kugeza yishyuwe ndetse n’ikibazo cya ba rwiyemezamirimo batoroka batarangije amasoko batsindiye, bagasiga bambuye abaturage.

    Yagize ati “Haracyagaragara kandi abaturage bakorera ba rwiyemezamirimo ntibahabwe amasezeramo y’umurimo, ntibanagire nibura n’ibipande byerekana iminsi baba bakoze cyangwa ikindi cyangombwa cyanditse, cyagaragaza ko bakoreye uwo rwiyemezamirimo.”

    Yasobanuye ko kubera iyo mikorere, “Igihe havutse ibibazo, usanga biragoranye gukurikirana uwo rwiyemezamirimo, cyangwa igihe ibibazo bigiye mu nkiko hakabura inyandiko yatangwa nk’ikimenyetso cyanditse .”

    Uretse ibyo bibazo hari nanone ibirebana n’imanza zitarangizwa, aho ngo abahesha b’inkiko batari ab’umwuga bataziha ubwihutirwe bukwiye, bigatuma zitinda kurangizwa.

    Ibibazo by’ubutaka biracyari ingorabahizi

    Ibibazo by’ubutaka ni bimwe mu bibazo bikomereye umuryango nyarwanda muri rusange, aho bigize igice kinini cy’ibibazo bigana inkiko ndetse n’ibigana Urwego rw’Umuvunyi.

    Muri rusange, Abanyarwanda benshi bashingiye imibereho yabo ku butaka, bityo hakaba ubwo usanga imiryango cyangwa abafitanye amasano rimwe na rimwe bananiwe kumvikana ku micungire y’ubutaka. Ibi kandi byiyongera ku byuho biri mu itegeko ry’ubutaka bigomba gukemurwa binyuze mu ivugururwa ry’ayo mategeko.

    Mu bindi bibazo byagaragajwe, hari iby’ibigo by’ubucuruzi byatsinzwe imanza ariko ntizirangizwe kuko ibyo bigo byahombye cyangwa bitakibaho.

    Icyakora Urwego rw’Umuvunyi rwasabye inzego zirebwa n’ibi bibazo kwihutira kubikemura, ndetse n’imishinga yo kwimura abantu ku mpamvu z’inyungu rusange ikagenerwa ingengo y’imari ihagije mbere yo gutangira.

    Nirere yagize ati “Ibi bibazo bikigaragara birakwiye ko bikemuka vuba. Ubuvugizi burakomeza gukorwa mu nzego bireba cyane cyane ibyerekeye kwimura abaturage ku mpamvu z’inyungu rusange.”

    “Ku byerekeye ibibazo by’ubutaka n’imanza zitarangizwa, amategeko abigenga arimo kunozwa, akazasohoka hari ibibazo byinshi akemura.”

    Kurwanya ruswa bikwiye kuba umuco

    Ku birebana no gukumira ruswa, abadepite babajije impamvu hari amatsinda yo kurwanya ruswa (Anti-corruption clubs) akunze kumvikana mu mashuri makuru na kaminuza ariko ugasanga ari make.

    Abadepite babajije icyakorwa kugira ngo no mu byiciro by’amashuri yo hasi, ayo matsinda ahagezwe kandi akurikiranywe uko bikwiye kugira ngo atange umusaruro.

    Urwego rw’Umuvunyi rugaragaza ko rwasuye abanyeshuri bo mashuri yisumbuye ari mu turere 12 muri uyu mwaka w’ingengo y’Imari wa 2019-2020, aho bigishijwe ku bubi bwa ruswa n’uruhare rwabo mu kuyirwanya ndetse banashishikarizwa gushinga amatsinda arwanya ruswa aho biga.

    Umuvunyi Mukuru yavuze ko ari byiza ko urubyiruko rutangira gutozwa indangagaciro zo kwanga ruswa hakiri kare, ndetse ko ari na ngombwa ko mu masomo bigishwa hakwiye kongerwamo ubumenyi ku bijyanye no gukumira ruswa. Ati “Kwanga no kutihanganira ruswa bikwiye kuba umuco.”

    Uru rwego kandi ruvuga ko rukomeje gushyira imbaraga nyinshi mu kwigisha umuturage uruhare rwe mu kurwanya ruswa, ndetse no kumwigisha uburenganzura n’amategeko amurengera kugira ngo agire uruhare mu kwanga akarengane na ruswa.

    Yakomeje agira ati “Mu bijyanye no gukumira no kurwanya ruswa, turasanga guhera mu mashuri abanza, mu nteganyanyigisho zabo hakwiye kujyamo inyigisho zijyanye no gukumira no kurwanya ruswa kugira ngo gahunda yo kurandura ruswa burundu ibe umuco.”

    Ikibazo cy’abashoferi batwara abakozi ba Leta cyagarutsweho

    Urwego rw’Umuvunyi rwanasubije ku kibazo kireba abashoferi basabye kurenganurwa kubera ibirarane baberewemo n’ibigo byatsindiye amasoko yo gutwara abakozi ba Leta mu kazi hirya no hino mu gihugu.

    Urwego rw’Umuvunyi ruvuga ko rumaze kubona ko ibi bibazo bihuriweho n’abantu benshi kandi bishyuza amafaranga menshi, rwakoze igenzura muri ibyo bigo (RTTA, PTS, GORILLAND SAFARIS Ltd) kuva muri Kamena kugeza muri Nzeri 2019 ndetse na SGES/ATT yasabwe imibare y’imyenda iberewemo kuko igenzura ryakozwe yarahagaze.

    Muri iryo genzura, ibyo bigo byagaragarije Urwego rw’Umuvunyi intonde z’Inzego za Leta n’imyenda baberewemo ndetse basobanurira Urwego rw’Umuvunyi ko ari yo ntandaro yo kuba nabo batishyura abo bahaye akazi.

    Nyuma yo kwegeranya iyi mibare, Urwego rw’Umuvunyi rwandikiye Minisiteri y’Ibikorwaremezo ruyigezaho raporo y’igenzura ikubiyemo n’inama zitandukanye iyo Minisiteri igomba gushyira mu bikorwa hagamijwe kunoza imikorere n’imikoranire n’ibyo bigo.

    Perezida wa Komisiyo ya Politiki, Uburinganire n’Ubwuzuzanye bw’Abagabo n’Abagore mu Iterambere ry’Igihugu, Depite Rubagumya Furaha Emma, mu izina rya Komisiyo ayoboye, yashimye raporo bagejejweho n’Urwego rw’Umuvunyi ndetse avuga ko banyuzwe n’ibisobanuro bahawe.

    Ibi biganiro hagati y’Urwego rw’Umuvunyi na Komisiyo ya Politiki, Uburinganire n’Ubwuzuzanye bw’Abagabo n’Abagore mu Iterambere ry’Igihugu mu Nteko Ishingamategeko byabaye hifashishijwe ikoranabuhanga mu rwego rwo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya Coronavirus.

    Umuvunyi Mukuru, Nirere Madeleine, yavuze hari intambwe nini yatewe mu kurandura ruswa n’akarengane mu Rwanda

    source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/urwego-rw-umuvunyi-rwagaragarije-abadepite-ingamba-zo-guhangana-n-ibibazo-bya

  • Gasabo: Umugabo yishe umugore we yishyira polisi – #rwanda #RwOT

    Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 28 Mutarama, nibwo uyu mugabo yagiye kuri polisi yo ku Murenge wa Kimisagara, ajya kwirega ko umugore we witwaga Uwamariya Jacqueline, yamwishe.

    Inzego zishinzwe umutekano zahise zimuzana mu rugo iwe, zihageze zisanga umugore yamaze gushiramo umwuka, gusa zasanze n’umwana w’imyaka umunani w’uyu muryango yamaje guhamagaza abaturanyi.

    Amakuru IGIHE yamenye ni uko uyu muryango wari umaze amezi abiri uje gutura muri aka gace, gusa ngo ibijyanye n’amakimbirane adakabije wari ufitanye ubuyobozi bwari bwarayamenye.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gatsata, Munyaneza Aimable yabwiye IGIHE ko ubuyobozi bw’umudugudu bwari bumaze igihe gito bumenye ko muri urwo rugo harimo amakimbirane adakabije.

    Ati “Bari bamaze nk’amezi abiri baje gutura mu Gatsata, bari babanye nabi ariko bidakabije, ni intonganya zo mu muryango bisanzwe. Abayobozi bari bakibikurikirana ngo barebe uko bashaka umuti.”

    Munyaneza yasabye abaturage kujya bihutira gutanga amakuru mu gihe babonye hari imiryango ifitanye ikibazo icyo aricyo cyose aho kugira ngo bigere aho kuba umwe yakwambura undi ubuzima.

    Yagize ati “Abaturage bite ku mibanire ya bagenzi babo, ingo babona zirimo amakimbirane bakabimenyesha ubuyobozi bukaba bwabikemura mu maguru mashya.”

    Kugeza ubu Hategekimana yahise atabwa muri yombi mu gihe iperereza ryatangiye gukorwa n’Urwego rw’Ubugenzacyaha, RIB naho umurambo wa nyakwigendera wo wahise ujyanwa mu bitaro gukorerwa isuzuma.

    Uhamijwe n’Urukiko icyaha cyo kwicwa ahanishwa igifungo cya burundu.

    Mu Murenge wa Gatsata haravugwa umugabo wishe umugore we agahita ajya kwirega kuri polisi

    source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/gasabo-umugabo-yishe-umugore-we-yishyira-polisi