Tag: featured

  • Perezida Kagame yitabiriye inama ya Biro y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe – #rwanda #RwOT

    Iyi nama yabaye hifashishijwe ikoranabuhanga kuri uyu wa Gatandatu tariki 30 Mutarama 2020, yahuje Perezida Kagame n’abandi bakuru b’ibihugu ndetse n’abayobozi b’imiryango y’ubukungu.

    Mu bandi bitabiriye iyi nama harimo Perezida wa Komisiyo ya Afurika Yunze Ubumwe, Moussa Faki Mahamat, Perezida wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa ari nawe uyobora AU, Perezida wa Kenya Uhuru Kenyatta n’abandi.

    Perezida wa Komisiyo ya AU, Moussa Faki Mahamat, yatangaje ku rukuta rwa Twitter ko iyi nama igamije kuganirirwamo uburyo bwo gutumiza Inteko Rusange Isanzwe ya AU iteganyijwe kuba tariki 6-7 Gashyantare 2021.

    Inteko rusange ya AU, igiye kuba mu gihe muri uyu mwaka aribwo Umugabane wa Afurika wageze ku nzozi z’itangizwa ku mugaragaro ry’Isoko Rusange rya Afurika, African Continental Free Trade Area (AfCFTA).

    Iri soko rusange rikomoka ku masezerano arishyiraho yasinyiwe i Kigali muri Werurwe 2018, rigamije gukuraho imbogamizi zirimo imisoro, amategeko n’ibindi bitandukanye byatumaga ubucuruzi hagati ya Afurika bugenda biguru ntege.

    Amasezerano ashyiraho iri soko agena ko ibicuruzwa 90% bizakurirwaho imisoro mu gihe biri gucuruzwa hagati y’Umugabane wa Afurika kandi byahakorewe, intego igomba kuzaba yagezweho nibura mu 2034.
    Iyi nteko rusange yitezweho kuzarebera hamwe uburyo bwo guhangana n’icyorezo cya COVID-19, gikomeje kugariza Afurika ndetse hakaba hakiri ihurizo ku bijyanye n’urukingo ruhanzwe amaso nk’urushobora kurokora abaturage.

    Muri Kanama 2020, mu nama ya Biro ya Afurika Yunze Ubumwe, Perezida Kagame yavuze ko hakwiye gushyirwaho perezida cyangwa umwe mu bagize biro agafasha mu gukurikirana ko mu gihe urukingo rwa COVID-19 ruzaba rwabonetse ruzagere muri Afurika kandi ku buryo buhagije.

    Yagize ati “Ndashaka gusaba ko Perezida wa Komisiyo ko yazirikana ko hajyaho umwe mu bakuru b’ibihugu kugira ngo akorane bya hafi na Strive Masiyiwa uri mu nshingano kuri ubu, kugira ngo bibande ku gukurikirana ko Afurika ibona urukingo mu gihe ruzaba rwabonetse.”

    Muri gahunda yo gukingira COVID-19, Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU) umaze guhabwa inkingo miliyoni 270, zizafasha ibihugu birimo ibidafite ubushobozi bwo gukingira abaturage babyo.

    Afurika yagerageje guhangana na Coronavirus ugereranyije n’indi migabane kuko kugeza ubu uyu mugabane umaze kubonekamo abanduye iki cyorezo barenga miliyoni eshatu.

    Perezida Kagame akurikiye ibitekerezo bya bagenzi be bari bitabiriye iyi nama

    Perezida Kagame asanzwe ashinzwe amavugurura akenewe mu mikorere y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe

    Umuyobozi wa Komisiyo ya Afurika Yunze Ubumwe, Moussa Faki Mahamat, nawe yitabiriye iyi nama

    Perezida wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa ni umwe mu bari bitabiriye iyi nama

    source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/perezida-kagame-yitabiriye-inama-ya-biro-y-umuryango-wa-afurika-yunze-ubumwe

  • U Rwanda rwasabye u Bwongereza ibisobanuro ku cyagendeweho hakumirwa abagenzi baruturutsemo – #rwanda #RwOT

    Ku wa 28 Mutarama nibwo u Bwongereza bwatangaje ko abagenzi baturutse mu Rwanda, u Burundi na Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu cyangwa abahanyuze mu rugendo, batemerewe kwinjira mu bihugu biri mu bwami bw’u Bwongereza.

    Iki gihugu cyavuze ko uyu mwanzuro ushingiye ku buryo bwo guhagarika ikwirakwira ry’ubwoko bushya bwa Coronavirus bwabonetse muri Afurika y’Epfo. Gusa ubwo bwoko bushya bw’iki cyorezo ntibwigeze bugaragara mu Rwanda.

    Ni umwanzuro utarakiriwe neza n’abanyarwanda ndetse n’abandi bantu bakurikirana uko ibihugu byitwara mu kurwanya ikwirakwira rya Coronavirus wanaje hashize umunsi umwe u Rwanda rushyizwe ku mwanya wa Gatandatu mu bihugu byo ku Isi byashyizeho ingamba zikarishye mu kurwanya COVID-19.

    Itangazo ryashyizwe ahagaragara na Guverinoma y’u Rwanda ku mugoroba wo kuri uyu wa 30 Mutarama 2021 rivuga ko ingamba rwashyizeho yaba mu “gupima, kugenzura, gukurikirana ababa barahuye n’abanduye, kurwanya ikwirakwira ry’icyorezo, kuvura ndetse no gutanga amakuru ku cyorezo” zoze zikorwa mu mucyo kandi himakajwe n’imikoranire n’izindi nzego.

    Rikomeza rigira riti “U Rwanda ni kimwe mu bihugu bisaba ikizamini cya PCR cy’uko umuntu atanduye COVID-19 ku bagenzi bose bahaguruka hamwe n’abandi barunyuramo berekeje mu bindi bihugu.”

    Rivuga kandi ko u Rwanda rutigeze rukumira abagenzi baturutse mu Bwongereza mu Ukuboza 2020 ubwo byatangazwaga ko habonetseyo ubwoko bushya bwa Covid-19.

    U Rwanda kandi rusobanura ko ibihugu byashyizwe n’u Bwongereza kuri lisiti y’ibifite abaturage batemerewe gukorerayo ingendo, amakuru yabyo y’uburyo byitwaye mu guhangana n’iki cyorezo adatanga umucyo bishingiye kuri siyansi nk’impamvu yo kuba rwarakumiriwe.

    Riti “Guverinoma y’u Rwanda itegereje kwakira ibisobanuro ku cyo Guverinoma y’u Bwongereza yagendeyeho ifata uyu mwanzuro.”

    Ibihugu 33 nibyo u Bwongereza byashyize ku rutonde rw’ibyo abaturage babiturutsemo batemerewe gukorera ingendo mu Bwongereza.

    Usibye u Rwanda, ibindi bihugu bya Afurika biri kuri uru rutonde ni Angola, Botswana, Burundi, Cap Vert, RDC, Eswatini, Lesotho, Malawi, Ibirwa bya Maurice, Mozambique, Namibia, Seychelles, Afurika y’Epfo, Tanzania, Zambia na Zimbabwe.

    Ibindi byashyizwe kuri uru rutonde ni ibyiganje muri Amerika y’Epfo harimo Argentina, Bolivie, Brésil, Chile, Colombia, Equateur, Guyane Française, Guyane, Panama, Paraguay, Peru, Portugal (harimo n’ibirwa bya Madeira na Azores), Suriname, Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, Uruguay na Venezuela

    U Bwongereza ni igihugu cya gatanu ku Isi cyibasiwe n’icyorezo cya Coronavirus aho gifite abantu 3.796.088 bamaze kwandura mu gihe abamaze gupfa ari 105.571 barimo 1.200 bapfuye mu masaha 24 ashize.

    Inkuru bifitanye isano: Ba nenge itirora: Icyemezo cy’u Bwongereza cyo gukumira abava mu Rwanda giteye kwibaza


    source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/u-rwanda-rwasabye-u-bwongereza-ibisobanuro-ku-cyagendeweho-hakumirwa-abagenzi

  • #COVID-19: Mu Rwanda habonetse abanduye bashya 334, abapfuye ni batanu #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abishwe na COVID-19 ku wa Gatandatu ni umugore w’imyaka 104 n’abagabo bane b’imyaka 102, 69, 66 na 60 i Kigali.

    Bahise buzuza umubare w’abantu 193 bamaze kwicwa n’iki cyorezo kuva cyagera mu Rwanda muri Werurwe 2020.

    Minisiteri y’Ubuzima kandi yatangaje ko ku wa Gatandatu mu Rwanda habonetse abantu bashya 334 banduye COVID-19, naho 285 mu bari barwaye bakize.

    Abo banduye bashya 334 babonetse mu bipimo 11,137 barimo ababonetse i Kigali: 197, Gicumbi: 49, Gakenke: 13, Nyamagabe: 11, Karongi: 8, Ruhango: 6, Bugesera: 5, Nyanza: 5, Ngoma: 5, Kamonyi: 5, Muhanga: 5, Gatsibo: 5, Gisagara: 4, Rusizi: 3, Nyagatare: 3, Musanze: 3, Rubavu: 3, Ngororero: 1, Rulindo: 1, Nyaruguru: 1, Huye: 1.

    Kugeza ku wa Gatandatu, mu Rwanda abari bamaze kwandura icyo cyorezo ni 15,118 muri bo abamaze gukira ni 9,804 naho abakivurwa ni 5,121.

    source https://www.kigalitoday.com/ubuzima/indwara/article/covid-19-mu-rwanda-habonetse-abanduye-bashya-334-abapfuye-ni-batanu

  • Abatavuga rumwe na Perezida Magufuli banenze amagambo yavuze ku rukingo rwa Covid-19 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Perezida Magufuli akunze kumvikana adaha uburemere ibyerekeranye na COVID-19
    Perezida Magufuli akunze kumvikana adaha uburemere ibyerekeranye na COVID-19

    Muri iyo mbwirwaruhame ye yo ku wa Gatatu w’iki cyumweru, Perezida Magufuli yumvikanye ahinyura igitekerezo cya guhunda ya ‘guma mu rugo’ mu rwego rwo kugabanya ikwirakwira rw’ubwandu bwa Covid-19,ko ntacyo bimaze ndetse ko n’inkingo za Covid-19 zitashobora kuyikingira.

    Perezida Magufuli yavuze ko Abatanzania bagiye hanze mu mahanga, bakavayo bikingije ari bo bagaruye Coronavirus muri icyo gihugu,ariko yongeye gushimangira ko gusenga byonyine ari byo bishobora kurinda abantu.

    Yagize ati,”Abantu bagombye kwitonda,kuko izo nkingo zishobora guteza ibibazo(dangerous)”.

    Perezida Magufuli yavuze ko iyo Abazungu baba bafite ubushobozi bwo kuvumbura urukingo rwa Covid-19 koko, ubu ngo bari kuba baramaze no gukora urukingo rwa SIDA,Igituntu,Malaria na Kanseri.

    Bamwe mu Banyapolitike batavuga rumwe na Leta ya Magufuli banenzwe bikomeye ayo magabo ye,bavuga ko atari amagambo yakavuzwe n’umunyapolitiki kandi ko ari amagambo atanga ubutumba butaboneye ku batuye isi.

    Uwitwa Zitto Kabwe,wahoze mu nteko ishinga amategeko ya Tanzania,ubu akaba ari umuyobozi w’ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Magufuli ryitwa”Alliance for Change and Transparency”, yagize ati,”Ubu Afurika irimo kunyura mu bihe bikomeye kubera kutabona inkingo zihagije,ariko wajya kumva, ukumva Perezida w’igihugu cya kabiri mu bukungu muri Afurika y’Uburasirazuba, avuga ko inkingo ziteje ikibazo.Iki ni ikibazo gikomeye, kandi sinzi urwego imvugo nk’iyo y’umukuru w’igihugu ishobora ishobora kuzageraho iyobya abantu”.

    Ikinyamakuru ‘Citizen digital’ kivuga ko Tanzania yahagaritse ibyo gutangaza imibare ijyanye na Covid-19 ya buri munsi muri Gicurasi 2020, abagera kuri 509 bamaze kwandura icyo cyorezo mu gihe cyari kimaze guhitana abagera kuri 21.Mu guhagarika itangazwa ry’iyo mibare ku buryo buhoraho nk’ukobigenda mu bindi bihugu,Magufuli ngo yavuze ko nta mpamvu yo gukomeza gutanga izo raporo z’abanduye cyangwa se no gufata ingamba zo kwirinda icyorezo kandi Imana yarakirinze Tanzania.

    Uhereye ubwo,abaharanira uburenganzira bwa muntu muri Tanzania ndetse n’abanenga ubutegetsi bwa Magufuli babinyujije ku mbuga nkoranyambaga bakomeje gusaba ko imibare ijyanye na Covid-19 muri icyo gihugu yatangazwa.

    Uwitwa Kumbusho Dawson,ni umwe mu baharanira uburengenzira bwa muntu, binyuze mu Miryango witwa ‘Change Tanzania Organization’ akaba avuga ko nubwo babisabye kenshi ariko ngo ntacyo Guverinoma yigeze ikora na kimwe mu bijyanye no kwirinda icyorezo cya Covid-19, ariko ko abantu bagombye kwirinda bakurikije inama z’Ishami ry’Umuryango w’Abibyumye ryita ku buzima.

    Yavuze ko abantu bagombye kwambara udupfukamunwa,bagakaraba intoki kenshi, kugira ngo birinde, barinde n’abandi.

    Dr.Matshidiso Moeti,Uhagarariye Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ‘WHO’ mu Karere,abinyujije ku rubuga rwa ‘Twitter’ kuri uyu wa kane tariki 29 Mutarama 2021, yasabye Abatanzania kubahiriza amabwiriza ajyanye no kwirinda.Yavuze ko Siyansi yagaragaje ko izo nkingo za Covid-19 zikora neza, ndetse asaba Tanzania kuba yategura ubukangurambaga bujyanye n’ikingira rya Covid-19.

    Kwakira ubutumwa bw’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita k ubuzima,buza butandukanye n’ubwa Perezida Magufuli,byateye abaturage bamwe urujijo, nk’uko bivugwa n’uwitwa Mselle Dorcas.

    Mselle yavuze ko nibura mu minsi ya mbere icyorezo kikigera mu gihugu,abaturage bahabwaga amabwiriza y’icyo bakora,ndetse n’amashuri arafungwa.Ariko ubu nk’uko Mselle abivuga,abantu nibo bakora icyo bashatse,niba bambara udupfukamunwa cyangwa bakatureka, niba bakaraba intoki cyangwa batazikaraba,mbese ubona nta bwiriza ry’ubuyobozi na rimwe rihari mu bijyanye no kwirinda.

    Mselle avuga ko uko ibintu bimeze ubu aho mu gihugu cye, biteje urujijo ku buryo Abatanzania batazi intera ikibazo kiriho.


    source https://www.kigalitoday.com/politiki/amakuru/article/abatavuga-rumwe-na-perezida-magufuli-banenze-amagambo-yavuze-ku-rukingo-rwa-covid-19

  • U Bwongereza bwakumiriye abagenzi bava mu Rwanda budashingiye ku isuzumwa ryakozwe mu buryo bwa Siyansi #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Itangazo rya Guverinoma y’u Rwanda riravuga ko u Rwanda rwafashe ingamba zikomeye zo guhangana n’icyorezo cya COVID-19, rufata ibipimo, rukurkirana abakekwaho kucyandura, ruvura abacyanduye, ndetse rugatanga na raporo igaragaza uko icyorezo gihagaze mu Rwanda. Ibyo kandi bikorwa mu mucyo, bikamenyeshwa inzego n’abantu bose bireba.

    U Rwanda ruravuga ko ruri mu bihugu bike byashyizeho ingamba zisaba abasohoka mu gihugu n’abakinjiramo kubanza kwisuzumisha icyorezo cya COVID-19.

    U Rwanda kandi ruravuga ko rutakumiriye abagenzi bava mu Bwongereza nyuma y’uko mu Kuboza 2020 mu bice bimwe by’icyo gihugu hari habonetse ubwoko bushya bwa COVID-19.

    U Rwanda ruribaza impamvu yatumye ruba kimwe mu bihugu bike byo mu Karere byafatiwe ingamba z’uko abaruturutsemo batemerewe kwinjira mu Bwongereza. Ruvuga ko kandi ibisobanuro byatanzwe kuri iki cyemezo bidahagije kandi ko cyafashwe nyamara nta bushakashatsi bushingiye kuri Siyansi bwigeze bukorwa.

    Itangazo rya Guverinoma y’u Rwanda risoza rivuga ko u Rwanda rwiteguye guhabwa impamvu zifatika zaba zaratumye u Bwongereza bufata icyo cyemezo kitabanje no kuganirwaho n’impande zombi.

    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/u-bwongereza-bwakumiriye-abagenzi-bava-mu-rwanda-budashingiye-ku-isuzumwa-ryakozwe-mu-buryo-bwa-siyansi

  • Tujyane n’Umujyanama w’Ubuzima gusura umuntu urwariye Covid-19 mu rugo #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Amakuru ahabwa n
    Amakuru ahabwa n’umuturage yasuye arebana n’ibimenyetso bya Covid-19 ayandika mu ikayi yabugenewe kugira ngo bimworohere gukora raporo

    Muri bo harimo ushinzwe ubuzima bw’umubyeyi n’umwana, abajyanama b’ubuzima babiri (umugabo n’umugore) bashinzwe kwita ku buzima bw’umwana uri mu kigero kiri hagati y’iminsi 20 kugeza ku myaka itanu, n’umujyanama w’ubuzima ushinzwe indwara zidakira. Abo bose bakaba bakorera inshingano zabo mu midugudu.

    Muri iki gihe icyorezo cya Covid-19 cyugarije ibihugu byo hirya no hino ku isi n’u Rwanda rurimo, byabaye ngombwa ko abajyanama b’ubuzima bashyirwa mu byiciro by’inzego zishobora kwitabazwa muri gahunda zinyuranye zashyizweho na Leta, zijyanye no kurwanya ikwirakwizwa ry’icyo cyorezo.

    Uretse inshingano bongerewe zirebana n’ubukangurambaga mu gukumira icyo cyorezo, ubu mu midugudu yose abajyanama b’ubuzima bagenzura umunsi ku wundi uko ubuzima bw’abarwariye Covid-19 mu ngo zabo buhagaze, hakiyongeraho no gushakisha abantu bakekwaho ibimenyetso biganisha kuri iyo ndwara.

    Mukandayisenga Ange wo mu Mudugudu wa Giramahoro, Akagari ka Mpenge mu Murenge wa Muhoza Akarere ka Musanze, amaze imyaka 11 ari umujyanama w’ubuzima ushinzwe gukurikirana ubuzima bw’umubyeyi utwite.

    Muri iki gihe cyo guhangana n’icyorezo cya Covid-19 byabaye ngombwa ko izo nshingano asanganywe ziyongeraho no kugenzura ubuzima bwa bamwe mu barwariye iyo ndwara mu mudugudu akoreramo nyuma yo kubihugurirwa.

    Nibura ku munsi uyu mujyanama w’ubuzima asura buri murwayi inshuro imwe mu rugo rumwe mu zibarizwa mu Mudugudu wa Giramahoro akoreramo.

    Uko bigenda iyo umujyanama w’ubuzima ageze mu rugo rw’umurwayi

    Umunsi umwe hari saa yine za mugitondo, Mukandayisenga ahabwa ikaze mu rugo rw’umwe mu barwaye Covid-19. Mbere y’uko agira ikindi kintu akora abanje gukaraba intoki n’umuti yitwaje wabugenewe (Hand sanitizer). Yambaye masike yagenewe gukingira igice cyose cyo mu maso, agapfukamunwa, umwambaro w’ibara ry’ubururu ukingira igice cyose cy’igihimba n’uturindantoki, kandi anitwaje akuma akoresha apima umuriro, ikaramu n’ikayi.

    Umujyanama w
    Umujyanama w’ubuzima afata umwanya akabwira abo yasuye ububi bwa Covid-19 n’uko yirindwa

    Hagati ye n’abo asanze muri urwo rugo cyane cyane umurwayi wa Covid-19 harimo intera nibura ya metero ebyiri. Igishishikaje uyu mujyanama w’ubuzima ni ukugenzura uko umurwayi amerewe binyuze mu kiganiro kitari kirekire bombi bagirana. Akeneye ko uwo murwayi amubwira niba hari impinduka nshya yumva mu mubiri we zigaragaza ishusho y’uko uburwayi bugabanuka cyangwa bwiyongera; ibyo yose babivugana yandika muri ya kayi yagenewe kubikwamo amakuru abwirwa n’umurwayi, kuko aba agomba kuyakorera raporo ashyikiriza izindi nzego zimukuriye kuva ku Kagari, ikigo nderabuzima n’ibitaro.

    Iyo asanze umurwayi agaragaza ibimenyetso byiyongera aba ashobora kugezwa kwa muganga, yasanga atabifite agakomeza kumukurikirana mu gihe cy’iminsi 14. Icyakora ku bw’amahirwe y’aba bombi (umurwayi n’umujyanama w’ubuzima), nta bimenyetso bigaragaza ubukana bw’icyorezo uyu mujyanama amusanganye.

    Ubu buryo bwo kugenzura uko ubuzima buhagaze bw’abarwariye Covid-19 mu ngo zabo bikozwe n’Abajyanama b’Ubuzima, Leta yabushyizeho nk’imwe mu ntwaro zakoreshwa mu kumenyekanisha umubare w’abandura iki cyorezo bihereye mu midugudu, bigatuma hafatwa ingamba zo kuyikumira no kwita ku bo yagaragayeho hakiri kare.

    Mukandayisenga Ange agira ati: “Twarabihuguriwe mu buryo buhagije, duhabwa n’ibikoresho nkenerwa bidufasha muri iki gikorwa, ku buryo bitworohera kumenya uko tugenzura ubuzima bw’urwariye Covid-19 iwe mu rugo. Ibyo bifasha inzego z’ubuvuzi kubitaho no kuramira ubuzima bwabo butarajya mu kaga”.

    Abajyanama bakora mu bwitange badategereje imishahara

    Izo nshingano bahawe bazikora ari abakorerabushake batagenewe imishahara. Umuntu ashobora kwibaza uko babyifatamo mu gihe batanga amakuru ku buzima bw’umurwayi ku nzego bireba, uko bigenda ngo amugereho n’ibindi.

    Buri rugo rwo mu Mudugudu umujyanama akoreramo arugeramo areba niba nta bafite ibimenyetso ngo bagezwe ku Kigo nderabuzima
    Buri rugo rwo mu Mudugudu umujyanama akoreramo arugeramo areba niba nta bafite ibimenyetso ngo bagezwe ku Kigo nderabuzima

    Umujyanama w’ubuzima ku mudugudu akoreramo, telefone ngendanwa ni igikoresho cy’ingenzi mu kazi ke kuko ayikoresha ahamagara umurwayi amubaza uko amerewe, cyangwa bahana gahunda n’isaha agerera mu rugo rwe kuko aba yirinda kumutungura.

    Iyo telefone kandi Umujyanama w’ubuzima ayikoresha ahamagarana na bagenzi be mu mudugudu cyangwa abamukuriye mu kubamenyesha amakuru yabonye. Uretse kuba hagati y’abo batumanaho mu buryo butabagoye kuko bahamagarana ku buntu, umujyanama w’ubuzima ukeneye guhamagara undi muntu nk’umurwayi bimusaba ko aba afite amafaranga muri telefone ye.

    Na none kandi mu mudugudu aba akoreramo, kugera muri buri rugo agenzura ubuzima bw’umurwayi wa Covid-19, kujya muri buri rugo mu zibarizwa mu mudugudu ashakisha niba nta muntu ugaragaza ibimenyetso bikekwa ko ari ibya Covid-19, byiyongera kuri za nshingano aba asanganywe. Bisaba umujyanama imbaraga zitoroshye kuko urugendo akora ngo yuzuze inshingano ze arukora n’amaguru.

    Nubwo bimeze bityo ariko abajyanama b’ubuzima ngo ntibashobora kudohoka ku nshingano n’icyizere bagiriwe.

    Uwitwa Uzamukunda Fortuné, umujyanama w’ubuzima mu Murenge wa Muko mu Karere ka Musanze yagize ati “Ni inshingano twiyemeje gukora mu bwitange kugira ngo nibura natwe dutange umusanzu wacu mu kubaka igihugu binyuze mu kunganira inzego z’ubuvuzi kuramira ubuzima bw’abantu. Buri wese mu baturage b’igihugu cyacu afite uruhembe ari kurasaniraho, natwe uru nirwo duherereyeho kandi twizeye neza ko n’ubwo uru rugamba turiho rukomeye ariko tuzarutsinda”.

    Abaganga ntibarwanya Covid-19 bonyine nta ruhare rw’abajyanama b’ubuzima

    Inzego z’Ubuvuzi zihamya ko uruhare rw’abajyanama b’abuzima rutanga umusanzu ukomeye w’uko abagaragaweho ubwandu bw’icyo cyorezo bamenyekana hakiri kare bataragikwirakwiza henshi.

    Dr Muhire Philibert, Umuyobozi w’Ibitaro bikuru bya Ruhengeri agira ati: “Bafatiye abantu runini kuko nk’ubu nguhaye urugero, mu Karere ka Musanze ubu habarirwa Abarwayi 95 ba Covid-19 bari gukurikiranwa mu ngo zabo mu midugudu. Muri bo harimo n’abagiye bamenyekana bigizwemo uruhare n’abajyanama b’ubuzima babaga babasanze mu ngo zabo badafite gahunda yo kujya kwivuza kuko ibimenyetso babaga bafite bitari byakageze ku rwego rukomeye”.

    Ati “No kuba aba bajyanama b’ubuzima batwunganira kugera kuri buri rugo mu mudugudu, bagenzura niba nta muntu ugaragaza ibimenyetso by’iki cyorezo, bidufasha kumenya umurwayi hakiri kare. Ahita ajya muri gahunda yo gukurikiranwa hakiri kare bikorewe iwe mu rugo cyangwa ku bitaro. Ubwo rero ni bumwe mu buryo butuma tugira icyizere ko dufatanyije mu rugamba rwo kurwanya Covid-19, byatuma idatwara ubuzima bwa benshi”.

    Muri buri Karere hashyizweho amatsinda akorera ku rwego rwa buri Murenge akurikirana ubuzima bw’abantu bakekwaho ubwandu bwa Covid-19, ndetse n’ubukangurambaga busanzwe bwo kwibutsa abantu amabwiriza yo kwirinda.

    Ni itsinda riba rigizwe n’Umuyobozi w’Ikigo nderabuzima, umukozi w’ikigo nderabuzima ushinzwe gukurikirana ibikorwa by’abajyanama b’ubuzima, Umuyobozi w’Umudugudu ugiye gushyirwamo umurwayi, umutwarasibo w’aho uwo murwayi aherereye n’umujyanama w’ubuzima, Izo nzego ni nazo zifatanya kugira ngo zinarebe koko ko uwo murwayi agomba kuzubahiriza ibijyanye n’amabwiriza aba yahawe.

    Dr Muhire Philibert avuga ko uruhare rw
    Dr Muhire Philibert avuga ko uruhare rw’abajyanama b’ubuzima rwunganira abaganga kuzuza inshingano zabo

    Mu Rwanda Abajyanama b’ubuzima basaga ibihumbi 60, mu mikorere yabo ya buri munsi ijyane no gukumira ikwirakwizwa ry’icyorezo cya Covid-19, ngo baracyafite ikibazo cy’abagikerensa amabwiriza yo kucyirinda. Hari nko kutambara agapfukamunwa, kudahana intera ndetse n’abacyakira abantu benshi mu ngo zabo kuko bazihinduye utubari dukorera mu bwihisho.

    Hari kandi n’aho usanga nk’umurwayi wa Covid-19 yarashyizwe muri gahunda yo gukurikiranirwa iwe mu rugo, hakaba ubwo arenga ku mabwiriza yo kuhaguma. Abajyanama b’ubuzima bibutsa abantu ko hari amabwiriza avuga ko ufashwe abanza gukomeza kuvurwa yamara gukira agakurikiranwa mu butabera, kuko aba yararenze ku mabwiriza yashyiriweho kurengera inyungu za benshi.


    source https://www.kigalitoday.com/ubuzima/indwara/article/tujyane-n-umujyanama-w-ubuzima-gusura-umuntu-urwariye-covid-19-mu-rugo

  • Musanze: Abaturage 544 batishoboye bahawe akazi kazabafasha kwibeshaho #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abo baturage bahawe akazi bahamya ko kagiye gutuma babaho neza muri ibi bihe bigoye
    Abo baturage bahawe akazi bahamya ko kagiye gutuma babaho neza muri ibi bihe bigoye

    Abo baturage bahawe akazi ni abo mu kagari ka Gasakuza na Kabirizi, bakavuga ko batunguwe aho ngo bari basanzwe bakora imihanda ariko akazi kararangira ku buryo bahoraga babunza imitima bibaza uburyo bazabaho n’imiryango yabo, dore ko ubusanzwe bari babayeho mu buzima bubi muri ibi bihe bya COVID-19.

    Baganira na Kigali Today ubwo bari ku kazi mu murima batunganya amaterasi, bavuze ko Leta ibakuye ahakomeye ibaha akazi nyuma y’uko bari batangiye kwiheba bibaza uko bazabaho.

    Nyiransabimana mu byishimo byinshi yagize ati “Ntitwabona amagambo tubivugamo dushimira Umubyeyi wacu Paul Kagame uduhaye akazi, ubu twagatangiye ku munsi turi gukorera 1500, turishimye nyuma y’iminsi itari mike twari tubayeho nabi. Nkanjye mu muryango wanjye twari dutangiye kwibaza uburyo tuzabaho nyuma y’amezi menshi akazi twakoraga mu gutunganya imihanda karangiye, naho nari naragiye mu karaka nakoze yo amezi atanu banyishyura abiri gusa andi barayatwambura, ndishimye pe”.

    Cyiza JMV ati “Ntiwabona uko nishimye ku mutuma, twatunguwe no kubwirwa ko duhawe akazi aho twari twarihebye muri ibi bihe bitoroshye bwa Corona, nkatwe tutishoboye tubaho ari uko dukoze, ntibyari byoroshye”.

    Abo baturage bagiye gukora ako kazi mu gihe cy’iminsi 75 aho bazatunganya ubutaka ku buso bwa Hegitari 251 bakora amaterasi yikora.

    Ni nyuma y’uko ubwo butaka bwari bwarugarijwe n’isuri aho bwajyaga bwangirika bahinga ntibasarure, nk’uko Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gacaca Habinshuti Anaclet yabitangarije Kigali Today.

    Yagize ati “Tuyita amaterasi yikora, impamvu twayatekereje ni uko ari ubutaka buherereye mu tugari tw’imisozi aritwo Gasakuza na Kabirizi, iyo imvura yaguye itwara ubutaka bw’abaturage. Twararebye dusanga dukoze imirwanyasuri yikora, yafata ayo mazi ubutaka ntibugende bityo imirima y’abaturage igakomeza kwera”.

    Yavuze ko gutunganya ayo materasi birimo inyungu z’abaturage ziri mu byiciro bine bizafasha abaturage mu iterambere.

    Ati “Inyungu ya mbere ni ugufata ubutaka kugira ngo budakomeza gutembanwa n’isuri, iya kabiri ni ukurinda ubutaka kujumbuka, iya gatatu abaturage bahawe akazi bari guhembwa naho iya kane n’uko ayo materasi azaterwaho ubwatsi buzagaburira amatungo haboneke ifumbire ndetse n’abana babone amata ava kuri ayo matungo ubuzima bugende neza, urumva ko inyungu ari nyinshi”.

    Ingengo y’imari igiye kwifashishwa mu gutunganya ayo materasi yatanzwe n’Akarere ka Musanze, hagamijwe gufasha abaturage mu gufata neza ubutaka.


    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/musanze-abaturage-544-batishoboye-bahawe-akazi-kazabafasha-kwibeshaho

  • Kirehe: Umukecuru yishwe akaswe ijosi, harakekwa umuhungu we – #rwanda #RwOT

    Ibi byabaye mu ijoro ryakeye mu Mudugudu wa Rwamugima mu Kagari ka Butezi mu Murenge wa Gahara.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umusigire w’Umurenge wa Gahara, Nkundimana Faustin, yabwiye IGIHE ko uyu mukecuru yaraye yishwe akaswe ijosi ahagana saa sita z’ijoro n’umuntu bataramenya neza nubwo hakekwa umuhungu we bakunze kugirana amakimbirane.

    Ati “ Uyu mukecuru yibanaga mu nzu ariko akararana n’abuzukuru be babiri, mbere yabanaga n’umuhungu we baza gushwana bapfa ko uyu muhungu ashaka kurya adakora, icyo gihe abana b’uyu mukecuru bandi bamuzaniraga ibyo kurya uyu muhungu akabiteka ntamuhe ibindi akabigurisha.”

    Yakomeje avuga ko baje gushwana cyane biba ngombwa ko umuryango usaba uyu muhungu kujya kwibana arangije akodesha hafi aho muri metero 150, mu ntangiriro za Mutarama 2021 ngo uyu muhungu yazanye n’abandi basore batatu banywera urumogi iwabo nyina abiyamye baramukubita bamugira intere.

    Nkundimana yakomeje agira ati “Rero mu ijoro ryakeye akana kamwe kabyutse kagiye hanze gasanga nyirakuru ari gutera imigeri ngo kamugereho gasanga yuzuye amaraso umwana ariruka ajya kubwira se basanga byarangiye yapfuye, urebye bakebye ijosi ryose.”

    Uyu muyobozi yakomeje avuga ko uyu musore w’imyaka 25 yahise atabwa muri yombi we n’abandi basore batatu baherutse gukubita uyu mukecuru, yasabye abaturage kwirinda amakimbirane n’aho agaragaye bakitabaza ubuyobozi bukabafasha kuyakemura aho kurindira ko bigera aho bamwe bicana.

    Kuri ubu uyu musore hamwe n’abandi batatu bashyikirijwe sitasiyo ya RIB ya Gahara mu gihe iperereza rigikomeje ngo hamenyekane uwishe akebye ijosi uyu mukecuru.


    source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/kirehe-umukecuru-yishwe-akaswe-ijosi-harakekwa-umuhungu-we

  • Rusizi: Uruhuri rw’ibibazo ku banyeshuri babuze abarimu n’ibikoresho bihagije – #rwanda #RwOT

    Abo banyeshuri ni abo mu mwaka wa mbere n’uwa kabiri bigaga mu ishuri rya GS Mutongo, bakaza kwimurwa mu rindi shuri rya GS Kirabyo, ahari hamaze kubakwa ibyumba bishya.

    N’ubwo bahimuriwe ariko imirimo yo kubaka aya mashuri yari itararangira ku buryo byabaye imbogamizi ikomeye ku banyeshuri kuko usanga hari isuku nke ndetse n’intebe bicaraho zitaragenewe abanyeshuri.

    Bamwe mu banyeshuri baganiriye na TV1 bayibwiye ko babangamiwe no kwiga mu kigo kitaruzura kuko nta suku ihagije ihari ndetse hari n’ibikoresho nkenerwa batabasha kubona yewe n’abarimu bakaba bahagera gacye, ku buryo hari amasomo abanyeshuri batiga.

    Umwana w’umuhungu uri kwiga muri iri shuri yagize ati “Dufite ikibazo hano nta barimu tubona, nk’ubu ntabwo twiga isomo ry’ubutabire n’ubugenge kubera ko aha nta barimu tubasha kubona.”

    Yongeyeho ati “Intebe twicaraho ziratubangamiye twarwaye umugongo kuko twicara ku ntebe nka ziriya zo mu nsengero bikatubangamira. Aha ntituhabona amazi yo kunywa n’ayo gukoresha isuku, mbega turabangamiwe.”

    Usibye ibi bibazo kandi barataka ikibazo cy’inzara kuko aha batabasha gufata amafunguro kandi barimuwe aho bigaga bari barishyuye amafaranga basabwa yo gufata ifunguro.

    Ku ruhande rw’ubuyobozi, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Mururu, Ingabire Joyeux, avuga ko iki kibazo giteye inkeke kuko bahabazanye hari ibitaranozwa, gusa ko bari gukora ibishoboka byose kugira ngo ibi bibazo binozwe.

    Yagize ati “Ikibangamye cyane ni uburyo abanyeshuri bicara mu ishuri n’uburyo bigamo kugira hirindwe icyorezo cya Coronavirus kuko bisaba ko abantu bagira ubwirinzi. Naho ikibazo cy’abarimu ni uko hari abataragera mu myanya ariko barahari.”

    Gusa ikibazo cy’abarimu ntikiri muri iri shuri gusa kuko hari amashuri atarabona abarimu bashya n’ubwo bivugwa ko muri rusange iki kibazo kizakemuka vuba.


    source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/abanyeshuri-bimuriwe-muri-gs-kirabyo-baratabaza