Tag: featured

  • Nta mubare w’ibitego wakwirukana Coronavirus- CP Kabera abwira abishimira Amavubi bakarenga ku mabwiriza – #rwanda #RwOT

    Ibi CP Kabera yabigarutseho kuri uyu wa 31 Mutarama. Mu butumwa yashyize kuri Twitter yavuze ko ubwo Amavubi yatsindaga Togo abakunzi bayo bakirara mu muhanda, bakoze ibinyuranyije n’amabwiriza yo kwirinda COVID-19.

    Ati “Mu cyumweru gishize hagaragaye abantu mu bice bitandukanye by’igihugu biraye mu mihanda mu gihe ikipe y’igihugu, Amavubi yari ibonye itike yo kujya muri kimwe cya kane cy’amarushanwa ya CHAN, ibi bikaba byarabaye binyuranyije n’ingamba zo kwirinda Coronavirus.”

    CP Kabera yakomeje avuga ko umukino uribuhuze Amavubi na Guinea kuri iki Cyumweru abantu bagomba kuwurebera mu ngo zabo.

    Ati “Gufana ikipe y’igihugu no kwishimira intsinzi ni byiza ariko ntabwo bigomba kunyuranya n’amabwiriza ahari yose yo kwirinda ikwirakwiza rya Coronavirus. uyu munsi rero Amavubi arongera gukina twese tugomba kurebera umupira mu ngo zacu kandi intsinzi n’iboneka tuyishimire turi mu ngo zacu.”

    CP Kabera yibukije Abanyarwanda ko kwishimira ko ikipe y’igihugu yatsinze banyuranya n’amabwiriza yashyizweho bidashobora kwirukana COVID-19.

    Ati “Ikindi ntawemerewe gukora icyo ari cyo cyose cyaba intandaro yo kwandura cyangwa gukwirakwiza Coronavirus, turabibutsa ko mbere y’uko Amavubi ajya mu marushanwa yakurikije ibisabwa byose akurikiza amabwiriza yose ndetse no kugeza ubu akomeje kwirinda Coronavirus.”

    “Mufana rero nawe urasabwa gukurikiza amabwiriza, mu gihe dufana ikipe yacu kandi mwibuke ko nta mubare w’ibitego wakwirukana Coronavirus, nta byishimo byakwirukana Coronavirus ndetse nta n’akababaro kakwirukana Coronavirus uretse gusa kuyirinda. Mureke rero dukurikize amabwiriza ayo ariyo yose kugira ngo ntabe ari njye wandura cyangwa wanduza abandi Coronavirus.”

    Ku wa 26 Mutarama ubwo Amavubi yatsindaga Togo 3-2 hagaragaye umubare munini w’Abanyarwanda basazwe n’ibyishimo basohoka mu ngo zabo birara mu muhanda, ibi byari binyuranyije n’amabwiriza yo kwirinda COVID-19 cyane cyane mu Mujyi wa Kigali uri muri Guma mu rugo.

    Iki gikorwa cy’abakunzi b’Amavubi cyamaganywe n’inzego zitandukanye z’igihugu zirimo Polisi na Minisiteri ya Siporo kuko gishobora guha icyuho icyorezo cya COVID-19 gikomeje kuzahaza abatari bake mu gihugu.

    Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera yihanangirije abishimira ko Amavubi yatsinze bakarenga ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19

    source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/nta-mubare-w-ibitego-wakwirukana-coronavirus-cp-kabera-abwira-abishimira

  • Gatsibo: Bijejwe umushinga wo kuhira imyaka hifashishijwe ikoranabuhanga amaso ahera mu kirere – #rwanda #RwOT

    Muri uko kubwirwa uwo mushinga basabwe kugura telefoni igezweho(smart phone) izajya ibafasha kohereza amazi ava mu bigega byabo, nabyo bagombaga kubakirwa .

    Umushinga witwa Akagera V.T.C niwo wari bubibafashemo maze usaba buri muhinzi gutanga amafaranga 26 000 Frw yo kugura iyo telefoni. Abaturage bavuga ko bayatanze, nyuma bakabwirwa ko buri umwe agomba kongeraho 9000 Frw kugira ngo ikiguzi cya telefoni kigere kuri 35000Frw.

    Abahinzi bavuganye na RBA ,bavuze ko bakoze ibyo basabwe byose ariko ngo hashize amezi agera kuri atanu batarabona ibyo bijejwe.

    Umwe yagize ati ”Nyine bari batubwiye ko aho bazashyira ikigega abantu baziyegeranya ari nk’icumi bitewe n’umubare w’abafite umurima hafi aho noneho tutagatanga amafaranga, nyuma bakadushyirira ibyo bigega mu mirima tukumva rwose ari iterambere ryiza”.

    Yavuze ko asanga bari mu gihirahiro kuko ibyo bijejwe nta na kimwe babonye.

    Ati ”Ikibazo n’uko hajemo ikibazo, telefoni ntazo,n’umushinga usa nk’aho uri mu kirere usa nk’uwahagaze, mbese muri make turi mu gihirahiro”.

    Undi yagize ati” Baratubwiye ngo dutange amafaranga ngo tugure telefoni zigezweho,kugira ngo bazatuzanire ibigega ngo tujye twuhira tutavunitse ku buryo tutakwicwa n’inzara, icyo gihe amafaranga turayatanga.”

    Yakomeje agira ati ”Batubwira ko bagiye kutuzanira telefoni, tugiye ku murenge mu nama bati telefoni twaragiye dusanga izo twari tugiye kuzana umunara w’ino bidakorana, none tugiye kuzazana izindi .Turategereza barongera baravuga ngo noneho mutange 35000Frw,bigeze aho ngaho turategereza turaheba.”

    Umuyobozi w’Umushinga wa Akagera VTC, Karinganire Ellie, yavuze ko ikibazo cyabayeho ari uko telefoni zitari zujuje ubuziranenge gusa abizeza ko umushinga utahagaritse ibikorwa nkuko babivuga.

    Ati “Icya mbere n’uko bagomba kwihangana ,hari ibibazo twagiye duhura nabyo harimo kuba twatanze telefoni bakazanga ngo ni nto, bati dushaka izindi .Aho tuzaniye izindi ,urwego rufite ububasha mu kugenzura amatelefoni n’ibikoresho by’ikoranabuhanga rugaragaza ko zitujuje ubuziranenge “.

    Yakomeje agira ati” Ku bufatanye n’Inzego z’Igihugu badushakiye abandi bafatanyabikorwa .Dufite intego yo gutanga telefoni 300.000, rero muri telefoni zigera ku 51.230 zo muri Gatsibo ,harimo n’abahinzi ba Nyagihanga”.

    Umunyamabanga shingwabikorwa w’Umurenge wa Nyagihanga,Mutabazi Joefrey,yizeza aba baturage ko bari gukorana bya hafi n’umushinga Akagera V.T.C kugira ngo igikorwa bizejwe gishyirwe mu bikorwa.

    Mu Karere ka Gatsibo igikorwa cyo kuhira imyaka hifashishijwe ikoranabuhanga ,umushinga wa Akagera V.T.C,uteganya gukorera mu mirenge ya Nyagihanga na Gitoki. Ni mu gihe uyu mushinga biteganyijwe ko uzagezwa no mu tundi turere tugize intara y’u Burasirazuba.

    Abahinzi bo muri Nyagihanga basabye ko umushinga wo kuhira bijejwe wihutishwa

    source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/gatsibo-bijejwe-umushinga-wo-kuhira-imyaka-hifashishijwe-ikoranabuhanga-amaso

  • Menya icyadindije imirimo yo gutunganya inzu yari iy’Umwamikazi Gicanda #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Inzu yari iy
    Inzu yari iy’Umwamikazi Gicanda

    Nk’uko bisobanurwa na Amb. Robert Masozera, umuyobozi w’Ikigo cy’Ingoro z’Igihugu z’Umurage w’u Rwanda, kugeza ubu icyo babashije gukora ni ugusiga irangi inyuma kuri iyo nzu, mu rwego rwo kugira ngo yoye gusigara isa nabi mu mujyi i Huye, no kuyishyiraho abayirinda kugira ngo ireke gutahwamo n’ababuze aho barara.

    Ikindi cyakozwe kugeza ubu ni umushinga wo kuyivugurura washyikirijwe Minisiteri y’Imari n’igenamigambi, ukaba utarabonerwa ingengo y’imari.

    Mu bikubiye muri uwo mushinga harimo kuvugurura inzu Umwamikazi Gicanda yahoze acumbitsemo hanyuma ikazashyirwamo imurika rigaragaza uko yabayeho, imico yamuranze igaragaza imyitwarire myiza y’umugore, n’abandi bantu bagasobanurirwa ibye bashobora kumwigiraho, nk’uko bisobanurwa na Amb. Masozera.

    Akomeza agira ati “Twateganyaga no kuyishyiraho urugo ruriho imitako ya Kinyarwanda nk’uko twabikoze ku Ngoro y’umurage w’u Rwanda iri i Huye, hanyuma tukazashyiramo n’aho abahasura bashobora kwakiririzwa amata nk’uko umwamikazi yabigenzaga.”

    Mu yindi mishinga minini Ikigo cy’Ingoro z’Igihugu z’Umurage w’u Rwanda cyari gifite harimo uwo kwagura ingoro y’umurage w’u Rwanda yo mu Rukari, hashyirwamo izindi nzu gakondo mu rwego rwo kwigana uko umurwa w’i Bwami wabaga umeze.

    Kugeza ubu abari batuye aho iyo ngoro igomba kwagurirwa bamaze kwishyurwa, ariko ingengo y’imari yo gutangira ibikorwa nayo ntiraboneka.

    Amb Masozera ati “Kugeza ubu mu Rukari hari amazu gakondo atatu, nyamara umurwa w’abami wabaga ugizwe n’amazu abarirwa muri 50. Twebwe tuzubaka andi mazu gakondo 16 cyangwa 20. Urumva buri yose yagiraga umumaro, ariko twebwe tuzamurikamo amateka y’abami bayoboye u Rwanda kuva kuri Gihanga kugeza ku batuye mu Rukari.”

    Icyakora, umushinga wo gutunganya ingoro yo kwibohora ku Murindi wo wabonewe ingengo y’imari, uretse ko kurangiza kuhatunganya uko byifuzwa bigenda birogowa na Coronavirus, kuhatunganya ubu ngo bigeze kuri 90%.


    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/menya-icyadindije-imirimo-yo-gutunganya-inzu-yari-iy-umwamikazi-gicanda

  • Dore bimwe mu bimera byirukana mu nzu imibu itera malaria #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Indabo za Geranium zitewe ahegereye amadiriya zirukana imibu
    Indabo za Geranium zitewe ahegereye amadiriya zirukana imibu

    Ubwo bushakashatsi bwasohotse mu kinyamakuru ‘Nature Medicine’, bwakorewe ku barwayi mu duce turimo Masaka i Kigali, Ruhuha mu Bugesera, Bugarama muri Rusizi, Kibirizi muri Gisagara na Rukara mu karere ka Kayonza.

    Abashakashatsi bo mu bigo Institut Pasteur bafatanyije, Ikigo cy’igihugu cyita ku buzima (RBC), OMS, Cochin Hospital na Kaminuza ya Columbia muuri Leta Zunze Ubumwe za America, bapimye amaraso y’abarwayi bo muri utwo duce. Barebaga niba umuti wa Coartem, ikinini gikubiyemo imiti ibiri artemether na lumefantrine, ukibasha kurwanya udukoko dutera malaria iyo tugeze mu mubiri.

    Dr Aimable Mbituyumuremyi ukuriye ishami rishinzwe kurwanya malaria muri RBC, yabwiye BBC ko uwo muti ugikomeje gukoreshwa kugeza Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS) ritanze amabwiriza mashya.

    Abo bashakashatsi basanze utwo dukoko turwanya uwo muti mu barwayi 19 kuri 257, cyangwa 7.4% muri kimwe mu bigo by’ubuvuzi byakorewemo ubwo bushakashatsi.

    Dr Mbituyumuremyi ati “Ubwo bushakashatsi bwerekanye ko iyo miti ibiri ikubiye muri Coartem, umwe muri yo watangiye kugira intege nkeya kuko utwo dukoko twatangiye kugira ikitwa ‘resistance’ kuri wo”.

    Abakoze ubwo bushakashatsi bavuga ko haboneka kwihinduranya k’utwo dukoko (mutation) bigamije guca intege umuti usanzwe utwica.

    Arongera ati: “Ibyo bivuga ko uwo muti ushobora kuba wagira ibyago byo kudakomeza gukora neza hatagize ingamba zishyirwaho”.

    Ubwo umuti wa mbere wa malaria witwa ‘Chloroquine’ wakorwaga, ngo abashakashatsi batekerezaga ko malaria izahita icika mu gihe cy’imyaka itari myinshi. Ariko kuva mu myaka ya 1950, udukoko dutera malaria twagiye twihinduranya turwanya imiti itwica.

    Mu 2008, ni bwo muri Aziya y’Amajyepfo ashyira Iburasirazuba, byagaragaye bwa mbere ko utwo dukoko twatangiye kurwanya uburyo bugezweho bwo kuvura malaria.

    Ubwo bushakashatsi buvuga ko nubwo ikigero cyo gucika intege k’uwo muti kikiri hasi ariko ibyo ngo ni ukuburira gukwiye gutuma inzego zibishinzwe zifata ingamba. Dr Mbituyumuremyi avuga ko uyu muti wa Coartem ukomeje gukoreshwa kuko ukivura ku gipimo kiri hejuru ya 90%, kandi ucyemewe na OMS.

    Ati: “Gusa ibi ni nk’impuruza ituma hafatwa ingamba zihariye kugira ngo twitegure ko bibaye ngombwa haboneka undi wo kuwusimbura”.

    Yongeraho ko nubwo imibare igabanuka, ariko iyo harebwe umubare w’abayirwara, abo yica, n’amafaranga ayitangwaho, malaria ikiri ikibazo gihangayikishije u Rwanda.

    Imibare ya RBC igaragaza uko Malaria ihagaze mu Rwanda, yerekana ko mu mwaka wa 2018 – 2019, abayirwaye bageraga kuri miliyoni 3.9, naho abo yishe bakaba 270. Mu mwaka wa 2019-2020, abayirwaye bari miliyoni 2.5 ikaba yarishe abantu 180.

    Urebye iyo mibare, ubona ko abafatwa na malaria kimwe n’abo ihitana bagabanuka, ariko iracyahari kandi inzego z’ubuzima zivuga ko umubu urumana nijoro uri mu bitera malaria.

    Ibimera byirukana imibu mu nzu nijoro.

    Ku rubuga https://www.maisonapart.com,bavuga handitse ko impumuro y’ibimera bimwe na bimwe yirukana imibu, kubera iyo mpamvu ngo gutera ibyo bimera mu rugo ni ukwirukana imibu ku buryo burambye.

    Muri ibyo bimera birwanya imibu harimo ikitwa mucyacyayi, iyo ngo umuntu ashobora kuyitera mu rugo rwe hafi y’amadirishya aho bishoboka, yirukana imibu.

    Mucyayicyayi na yo iri byirukana imibu
    Mucyayicyayi na yo iri byirukana imibu

    Hari kandi indabo zitwa ‘géranium’ nazo ziboneka mu ngo nyinshi, ariko ngo impumuro yazo yirukana imibu, u buryo ngo byaba byiza umuntu aziteye hafi y’amadirishya.

    Hari kandi ikimera kitwa ‘basilic’ gihumura neza ubundi abantu bakunda gushyira kuri za ‘salades’, impumuro yacyo yirukana imibu. Uwashaka yagitera mu ‘ivase’, akayitereka hafi y’amadirishya cyangwa se hafi y’aho abantu bakunda gutaramira hanze.

    Ibibabi by’urunyanya bihumura nabi ku buryo umuntu abiciye yumva impumuro yabyo imubangamiye. uko ni nako bigenda ku mibu, uteye inyanya nkeya mu rugo, bifasha mu kurwanya imibu.

    Tungurusumu ndetse n’ibitunguru, nabyo bigira impumuro ikomeye yirukana udukoko dutandukanye harimo n’imibu.

    Impumuro ya tungurusumu ngo yirukana imibu
    Impumuro ya tungurusumu ngo yirukana imibu

    Ikindi kimera kirwanya imibu, ni ikitwa ‘menthe’ kizwi nacyo mu Rwanda, kuko hari abakunda kukinywa nk’icyayi, impumuro yacyo yirukana imibu ariko no kuvuguta ibibabi byayo ukabisiga aho umubu wakurumye ngo bihita bivanaho ububabare.

    Menthe
    Menthe

    Hari kandi ikimera kitwa ‘lavande’ nacyo ni ururabo batera nk’umutako, ariko impumuro yarwo yirukana imibu.

    Lavande
    Lavande

    Ku rubuga https://www.lemonde.fr, bavuga ko gufata amavuta y’inturusu avanze n’indimu nabyo byirukana imibu.

    Ku rubuga www.lindependant.fr bavuga ko gufata ikawa ukayishyira mu gikombe cy’icyuma kirimo ubusa, nyuma ukayirasiraho umwambi w’ikibiriti, uko igenda icumba umwotsi ngo byirukana imibu.


    source https://www.kigalitoday.com/ubuzima/ubuvuzi/article/dore-bimwe-mu-bimera-byirukana-mu-nzu-imibu-itera-malaria

  • Gisagara: Uruganda rubyaza amashanyarazi nyiramugengeri ntiruzageraho rukayibura? #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Nyiramugengeri ubundi ni igitaka
    Nyiramugengeri ubundi ni igitaka

    Abibaza iki kibazo bagihera ku kuba sosiyete y’abanyaturukiya iri kubaka uru ruganda ari yo Power Yumn Ltd, yarumvikanye na Leta y’u Rwanda ko izarwubaka ikanarubyaza amashanyarazi, hanyuma nyuma y’imyaka 26 ikarwegurira Leta.

    Bamwe bati “Ese nyuma y’iyo myaka 26 iyo nyiramugengeri izaba ishize burundu?” Abandi na bo bati “Ese ko kubaka ruriya ruganda bizatwara amamiriyari menshi, nyiramugengeri ishizemo mu myaka 26 buriya ntihaba hari igihombo kuri Leta?”

    Umuyobozi mukuru w’uru ruganda, Dominique Gubbini, asubiza iki kibazo agira ati “Inyigo yagaragaje ko mu gishanga cy’Akanyaru tuzacukuramo nyiramugengeri, hari ishobora kwifashishwa mu gihe cy’imyaka irenze 50. Ni ukuvuga ko ibyo kwibaza ngo bizagenda gute nishira, bizatangira kwibazwa nyuma y’imyaka 50.”

    Igishanga kizakurwamo nyiramugengeri gifite ubuso bwa hegitari 4,200
    Igishanga kizakurwamo nyiramugengeri gifite ubuso bwa hegitari 4,200

    Dominique anasobanura ko mbere yo gutangira uyu mushinga bapimye bagasanga ubuso bw’igishanga bazakuraho nyiramugengeri bugera kuri hegitari ibihumbi bine na 200 (4200ha) kandi nyiramugengeri ishobora kuba igera ku bujyakuzimu bwa metero 100 (100m), n’ubwo bo ubu bari kuyicukura kugarukira kuri metero 20 (20m) z’ubujyakuzimu.

    Nyiramugengeri ko ari nk’ibitaka, ibyara amashanyarazi ite?

    Ugeze ku ruganda rwa nyiramugengeri kuri ubu ahasanga indundo z’igitaka cy’umukara, ari cyo nyiramugengeri, biteguye gutangira kwifashisha guhera mu kwezi kwa Werurwe, bakora amashanyarazi.

    Bituma umuntu yibaza ngo ese iki gitaka numvise ko gishobora gucanwa, gitanga amashanyarazi gute?

    Ikirundo cya nyiramugengeri itegereje kwifashishwa
    Ikirundo cya nyiramugengeri itegereje kwifashishwa

    Uruganda ruzakora amashanyarazi rwifashishije nyiramugengeri rwubatse ku buryo nyuma yo gucukura nyiramugengeri mu gishanga hanyuma ikagezwa mu bubiko bwabugenewe, hari ahantu hagenwe izajya isukwa hanyuma imashini zikayijyana aho izajya yifashishwa mu gucanira amazi.

    Umwuka ushyushye cyane (Vapeur/steam) uzajya uva mu mazi nyiramugengeri yacaniriye uzajya ukaraga imashini zibyara amashanyarazi, nuko amashanyarazi aboneke.

    Uruganda rutunganya nyiramugengeri
    Uruganda rutunganya nyiramugengeri

    Biteganyijwe ko megawati 80 z’amashanyarazi uru ruganda ruzajya rutanga zizajya ziboneka hacanwe toni 2600 za nyiramugengeri, ku munsi.

    Ivu rya nyiramugengeri rizajya ryifashishwa mu gukora sima

    Hari uwakwibaza ngo ese nyiramugengeri izajya iba yamaze gucanwa izajya hehe ko izaba ari ivu ryinshi? Dominique Gubbini ati “Twasanze ivu rya nyiramugengeri ryaherwaho mu gukora sima. Uruganda rukora sima ruzajya rurigura.”

    Nyiramugengeri kandi n’ubwo izifashiswa mu gukora amashanyarazi, ubusanzwe ngo ni ifumbire nziza yakwifashishwa mu buhinzi.

    Ziriya hangari ebyiri ni zo zizajya zibikwamo nyiramugengeri, ari na ho hari ahari imyenge imenwamo hanyuma imashini zikayizamura, ikazamukira ahatwikiriwe n
    Ziriya hangari ebyiri ni zo zizajya zibikwamo nyiramugengeri, ari na ho hari ahari imyenge imenwamo hanyuma imashini zikayizamura, ikazamukira ahatwikiriwe n’aya mabati y’ubururu


    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/gisagara-uruganda-rubyaza-amashanyarazi-nyiramugengeri-ntiruzageraho-rukayibura

  • Abahinzi bagiye gufashwa kubika umusaruro wangirikaga #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Kimwe mu byuma bikonjesha umusaruro ukamara igihe kinini utangiritse
    Kimwe mu byuma bikonjesha umusaruro ukamara igihe kinini utangiritse

    Ministiri w’Ibidukikije, Dr Jeanne d’Arc Mujawamariya avuga ko mu gihe yari ambasaderi mu Burusiya (2013-2019), yabonye abaturage b’icyo gihugu bafite uburyo bukonjesha umusaruro ukomoka ku buhinzi ukamara igihe kinini utarangirika.

    Yatanze urugero rw’ibirayi, aho ngo bishobora kubikwa bikamara umwaka wose bitarangirika, ndetse ko inyanya na zo ngo zishobora kubikwa mu gihe kirenga amezi atandatu.

    Dr Mujawamariya avuga ko ku bufatanye bwa Minisiteri ayobora na Kaminuza y’u Rwanda, bazatangira gutegura neza inzu y’ububiko bw’umusaruro w’ubuhinzi mu Rubirizi mu Karere ka Kicukiro, ndetse batangire no gushyiramo imashini zikonjesha.

    Dr Mujawamariya avuga ko iyo hataza icyorezo cya Covid-19 uyu mushinga uba ugeze kure ushyirwa mu bikorwa, kuko ngo hari n’abafatanyabikorwa b’u Rwanda barimo gufasha muri iyo gahunda izakwirakwizwa mu gihugu hose.

    Agira ati “Bizahindura imibereho y’abaturage, muri uyu mwaka wa 2021 ntabwo navuga ngo ubwo buryo buzaba bwatangiye gukora, ariko nibura tuzaba twatangiye gusana inzu ya Kaminuza ihari ndetse no gushyiramo ibyo bikoresho bikenerwa mu gukonjesha”.

    Minisitiri w’Ibidukikije avuga ko bashaka kujyana n’abahinzi kugira ngo igihe bejeje bajye bahita babika umusaruro utarangirika, mu rwego rwo kuwuteganyiriza gukoreshwa mu gihe kitari ku mwero wawo.

    Dr Mujawamariya yakomeje agira ati “Ngira ngo mujya mubona ukuntu inyanya zangirika iyo twejeje nyinshi, intoryi n’izindi mboga, ariko dufatanyije tuzabereka uburyo bashobora kubika umusaruro, ni umushinga w’icyitegererezo uzabimburira ahandi haboneka umusaruro mwinshi mu gihugu”.

    Avuga ko atahita amenya ingano y’amafaranga azakoreshwa mu kugura imashini no gusana icyumba kinini gikonjesha ibiribwa byajyaga byangirikira mu masoko no mu mirima.

    Ku rundi ruhande abahinzi n’abacuruzi b’ibiribwa bitabikika (ahanini biba ari ibinyabijumba, imbuto n’imboga) bakomeje gutaka igihombo baterwa n’uko batajya bacuruza uwo musaruro ngo uhite urangira, ahubwo ngo umwinshi barawumena.

    Uwitwa Kazimodo Cansilde uhagarariye Ihuriro ry’Abahinzi b’imboga, indabo n’imbuto mu Rwanda, tuganira yavuze ko bakeneye gufashwa kubona uburyo bwo kubika no gutunganya umusaruro w’ibiribwa byabuze abaguzi.

    Yagize ati “Hari igihe nagize igihombo cya toni ebyiri z’inyanya zabuze abaguzi zirabora. Nyamara hari uburyo wakumisha inyanya, ibitunguru n’ibindi ukabika ifu yabyo”.

    Ikigo gishinzwe Isuku n’Isukura WASAC giherutse gutangariza Kigali today ko ku kimoteri cy’i Nduba hamenwa toni z’imyanda irenga toni 500 buri munsi.

    Muri iyo myanda haba harimo toni zirenga 200 z’ibiribwa byasigaye bidakoreshejwe buri munsi nk’uko twakomeje tubisobanurirwa n’Umuyobozi wa kimwe mu bigo bitwara ibishingwe, Buregeya Paulin uyobora icyitwa COOPED.

    Impamvu umushinga wo kubika umusaruro w’ubuhinzi uri mu maboko ya Minisiteri ishinzwe ibidukikije, ni uko hazakoreshwa imashini ziri muri gahunda y’isi yo gukumira iyoherezwa mu kirere ry’imyuka itera gushyuha kw’isi, igatuma habaho imihindagurikire y’ibihe, hakabaho imyuzure cyangwa amapfa.

    Izo mashini ntabwo zohereza mu kirere imyuka ihumanya yitwa hydroflurocarbons (HFCs), akenshi zikaba ari impano ibihugu bikungahaye mu by’inganda bitanga ku bikiri mu nzira y’amajyambere, mu rwego rwo kubifasha kubahiriza Amasezerano ya Kigali yo kwirinda kwangiza ikirere cy’isi.

    Perezida Joe Biden wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA) aherutse gusaba abakozi bo mu biro bye gutegura umushinga wazashyikirizwa Sena y’icyo gihugu, kugira ngo USA na yo itangire gushyira mu bikorwa amasezerano ya Kigali.


    source https://www.kigalitoday.com/ibidukikije/ibungabunga/article/abahinzi-bagiye-gufashwa-kubika-umusaruro-wangirikaga

  • Iburasirazuba: Uyu mwaka uzasiga hakozwe imishinga y’ubuhinzi ya miliyari zirenga 270 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Iburasirazuba hazakorwa imishinga inyuranye yo kuhira imyaka ku buso bunini
    Iburasirazuba hazakorwa imishinga inyuranye yo kuhira imyaka ku buso bunini

    Hashingiwe ku bikubiye mu mihigo ya buri karere mu turere turindwi tugize intara y’Iburasirazuba, hazahuzwa ubutaka buhingwaho igihingwa kimwe bungana na hegitari 405,273.

    Ni ubutaka buzahingwaho ibihingwa birimo ibigori, ibishyimbo, imyumbati, soya n’umuceri.

    Buri karere kandi kiyemeje gukangurira abaturage gukoresha neza inyongeramusaruro hagamijwe kuzamura umusaruro no kwihaza mu biribwa.

    Ikindi ni uko hazubakwa ubwanikiro 184 bw’ibigori na 54 bw’umuceri ndetse n’ubuhunikiro butandatu hagamijwe gufata neza umusaruro ukomoka ku buhinzi wangirikaga igihe cy’isarura.

    Mu rwego rwo guhangana n’izuba ryinshi rikunze kwica imyaka y’abaturage, hateganyijwe kandi ibikorwa byo ku buso buto imusozi (Small scale irrigation) bungana na hegitari 1,914.

    Mu karere ka Kayonza by’umwihariko hateganyijwe umushinga wo kuhira imyaka wa ‘Kayonza Irrigation and Intergreted Watershed’, ni umushinga ufite agaciro ka miliyari 80 z’Amafaranga y’u Rwanda harimo inguzanyo ya IFAD.

    Uwo mushinga uzakorera mu mirenge umunani ariko cyane uwa Ndego, ahazubakwa ikiyaga gihangano kugira ngo huhirwe ubuso bungana na hegitari 2,275 hakorwe amaterasi y’indinganire ku buso bwa hegitari 1400, hakazaterwa n’ibiti by’imbuto cyane cyane mu murenge wa Murama.

    Uwo mushinga kandi uzubakira aborozi amakusanyirizo ane y’amata mu mirenge ya Gahini, Ndego na Mwili.

    Bazubaka amakusanyirizo mashya y
    Bazubaka amakusanyirizo mashya y’amata

    Mu buhinzi hari indi mishinga minini irimo gukorwa mu karere ka Nyagatare, uwa ‘Gabiro Agri-Business Hub Project’ uzatwara ingengo y’imari ingana na 61,970,722,528 Frw ndetse n’uwa ‘Muvumba Multi-Purpose Dam’ uzatwara miliyari 130Frw, ukazakorerwa kuri hegitari 489 mu Mirenge ya Gatunda, Karama, na Rukomo.

    Ni umushinga uzatanga n’amazi mu ngo z’abaturage mu Mirenge 6, utange amashyanyarazi afite 0.7 MW, ugeze amazi mu nzuri ndetse wuhirire imyaka kuri hegitari 10,000.

    Mu karere ka Rwamagana hazasanwa icyuzi cyuhira umuceri cya Cyaruhogo kuri hegitari 170.

    Mu bworozi hazaterwa intanga inka 24,880 mu rwego rwo kuvugurura amaraso y’amatungo ndetse no kongera umukamo. Ibi bikazajyana no gukingira amatungo indwara z’ubutaka, igifuruto, amakore n’ubuganga.

    I Gabiro aharimo kubakwa icyuzi kizafata amazi yo kuhira imyaka
    I Gabiro aharimo kubakwa icyuzi kizafata amazi yo kuhira imyaka

    Mu byoherezwa mu mahanga hazatungwanywa umusaruro wa kawa ungana na toni 4,240 wanyuze mu nganda zitonora Kawa.

    Mu ntara y’Iburazirazuba kandi hazahangwa imirimo 41,000, urubyiruko rwarangije muri TVET 129 rufashwe kubona ibikoresho mu buryo bw’ikodesha gurisha (Micro-Leasing Scheme).

    Ibigo bito n’ibiciriritse bigitangira n’ibisanzwe 1,780 by’urubyiruko n’abagore bizafashwa mu guhabwa amahugurwa ku gutegura imishinga kugeza bibonye inguzanyo.

    Imishinga ijyanye n’ishoramari no kwizigamira mu ntara y’Iburasirazuba abantu 280,000 ni ukuvuga 40,000 muri buri karere karere bazajya muri gahunda ya Ejo Heza kandi bizigamire miliyari 1.8.

    Mu rwego rw’ishoramari no guhanga imirimo mu karere ka Nyagatare hatangiye kubakwa uruganda rukora ifu ya kawunga ruzajya rukora toni 50 ku munsi ku gaciro k’Amafaranga y’u Rwanda angana na miliyoni 700.

    Mu karere ka Nyagatare kandi hakaba hagiye gutangira ibagiro rya kijyambere rifite agaciro k’amafaranga y’u Rwanda miliyoni 885.

    Uyu mwaka w’ingengo y’imari kandi mu ntara y’Iburasirazuba hateguwe imishinga 15 yo kwegereza abaturage amazi meza n’indi 6 yo kwegereza abaturage umuriro w’amashanyarazi.

    Hazongerwa abaturage bagerwaho n
    Hazongerwa abaturage bagerwaho n’amashanyarazi

    Mu rwego rwo guteza imbere ubwikorezi hazubakwa imihanda ya kaburimbo ireshya na kilometero 19.3 mu mijyi ya Nyagatare, Kabarondo na Mukarange.

    Hazubakwa imihanda ya kaburimbo yoroheje
    Hazubakwa imihanda ya kaburimbo yoroheje

    Hazubakwa kandi umuhanda wa kaburimbo yoroheje wa Nyagatare-Kanyinya-Kagitumba ureshya na kilometero 38 ku kigero cya 40% ukazuzura utwaye amafaranga y’u Rwanda 4,106,825,060.

    Naho umuhanda wa kaburimbo yoroheje Nyagatare-Tabagwe-Karama wa kilometero 30.8 ukazaba wuzuye ku kigero cya 100%.

    Hari kandi umuhanda wa kaburimbo yoroheje Muhura-Njume-Kiramuruzi mu karere ka Gatsibo ureshya n’ibilometero 30.

    Mu rwego rwo guteza imbere imiturire harimo kuvugururwa ibishushanyo mbonera by’imijyi ya Rwamagana na Nyagatare.

    Mu rwego rw’ubuzima hazagurwa imbangukiragutabara esheshatu zizunganira izisanzwe.

    Umwaka w’ingengo y’imari 2019-2020 huzuye imishinga minini irindwi irimo sitade z’imikino eshatu zirimo iya Ngoma, Bugesera na Nyagatare, Hoteli ya Ngoma yaruzuye itangira kubyazwa umusaruro, imihanda ya kaburimbo mu mijyi ya Rwamagana, Bugesera na Nyagatare n’umuhanda ugana muri Pariki y’Akagera ari wo Kabarondo- Rwinkwavu-Nyagakonji.

    Hari kandi Umuhanda uri kurangira wa Kaburimbo wa Rukomo – Gicumbi – Nyagatare (73km), Gusana no kwagura umuhanda mpuzamahanga wa Kayonza – Kagitumba na Kayonza – Rusumo byararangiye.

    Umushinga wo kubaka isoko ryo ku mupaka (Rusumo cross-border market) nawo wararangiye ndetse n’umudugudu ntangarugero wa Gishuro, mu murenge wa Tabagwe watujwemo imiryango 64.

    Imirimo yo gukora imihanda yaratangiye
    Imirimo yo gukora imihanda yaratangiye


    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/iburasirazuba-uyu-mwaka-uzasiga-hakozwe-imishinga-y-ubuhinzi-ya-miliyari-zirenga-270

  • Mukura Victory Sports yahagaritse amasezerano y’abakinnyi kugeza igihe kitazwi #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Nyuma y’andi makipe amaze iminsi ahagarika amasezerano y’abakozi kubera ingaruka z’icyorezo Ccya Coronavirus, ikipe ya Mukura Victory Sports et Loisirs yabaye indi kipe itangaje ko yabaye ihagaritse amasezerano y’abakinnyi.

    Mukura VS yasubitse amasezerano y
    Mukura VS yasubitse amasezerano y’abakinnyi

    Nk’uko bigaragara mu itangaza ryanyujijwe ku rukuta rwa Twitter rw’iyi kipe, ubuyobozi bwa Mukura VS bwatangaje ko impamvu bahagaritse ari uko ibikorwa bya siporo kandi hakaba hatazwi igihe bizahindukira, babaye bahagaritse amasezerano y’abakinnyi kugera igihe ingamba zizahindurirwa

    Itangazo rya Mukura riri ku rubuga rwa Twitter

    Dushingiye ku cyemezo cya Minisiteri ya Siporo twamenyeshejwe na FERWAFA cyo guhagarika ibikorwa byose bijyanye na shampiyona y’umupira w’amaguru mu Rwanda, mu rwego rwo gukomeza gukumira ikwirakwira ry’icyorezo cya Covid-19;

    Dushingiye ku kuba ingamba zafashwe muri icyo cyemezo hatazwi igihe zizahindurirwa kugira ngo amarushanwa y’umupira w’amaguru imbere mu gihugu yongere gutangira; Kuva kuri uyu wa gatandatu tariki ya 30/01/2021, amasezerano abakinnyi bari bafitanye na MUKURA VICTORY SPORTS & LOISIRS abaye asubitswe by’agateganyo kubera izo mpamvu ndakumirwa, akazasubukurwa igihe hazaba hafashwe ingamba nshya zisimbura iziriho twagaragaje hejuru.

    Ubuyobozi bwa MUKURA VSL

    Si ubwa mbere iyi kipe isubitse amasezerano y’abakinnyi, kuko no mu mwaka ushize wa 2020, tariki 14/05 bari bayasubitse kubera iki cyorezo n’ubundi, bakaba biyongereye ku makipe arimo Musanze FC, Muhanga, Kiyovu Sports n’andi, gusa amwe akaba yaremeye kujya ahemba abakinnyi igice cy’umushahara basanzwe bafata

    Mukura isanzwe iterwa inkunga n
    Mukura isanzwe iterwa inkunga n’akarere ka Huye, Volcano Ltd ndetse na Hyundai


    source https://www.kigalitoday.com/imikino-11/football/article/mukura-victory-sports-yahagaritse-amasezerano-y-abakinnyi-kugeza-igihe-kitazwi

  • Abashobora kubanzamo n’ibyo wamenya mbere y’umukino w’u Rwanda na Guinea #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ku i Saa tatu z’ijoro ryo kuri iki Cyumweru, haraba umukino usoza indi mikino ya ¼, umukino uza guhuza ikipe y’u Rwanda Amavubi yabaye iya kabiri mu itsinda C, ndetse n’iya Guinea yabaye iya mbere mu itsinda D.

    Amavubi afite intego zo gusezerera Guinea muri 1/4

    Amavubi afite intego zo gusezerera Guinea muri 1/4

    Ni umukino ku ruhande rw’Amavubi bifuza gutsinda bakandika amateka mashya kuko ari bwo bwa mbere u Rwanda rugeze muri ½ mu marushanwa yo ku rwego rwa Afurika, kuko kure rwari rwarageze ari muri ¼ mu marushanwa ya CHAN 2016 yabereye mu Rwanda.

    Abakinnyi bo kwitega

    Bamwe mu bakinnyi iyi kipe y’igihugu ya Guinea iza kuba igenderaho, harimo nayo Yakhouba Gnagna Barry umaze kuyitsindira ibitego bitatu, ndetse na Morlaye Sylla ukina hagati mu ikipe ya Horoya Fc, akaba yaranabaye umukinnyi mwiza (Homme du match/Man of the Match) mu mikino ibiri ya mbere Guinea yakinnye.

    Amavubi kugeza ubu nta mukino aratsindwa
    Amavubi kugeza ubu nta mukino aratsindwa

    Nta COVID ku mpande zombi

    Aya makipe yombi mbere yo guhura, ibisubizo ku bipimo bya Cornavirus byafashwe ku mpande zombi, byagaragaje ko nta n’umwe urwaye icyo cyorezo cyibasiye amwe mu makipe ari muri aya marushanwa by’umwihariko nka Republika iharanira Demokarasi ya Congo.

    Si ubwa mbere aya makipe agiye guhura

    U Rwanda na Guinea ni inshuro ya kane bagiye guhura mu marushanwa atandukanye, aho aya makipe yakinnye bwa mbere mu gikombe cya Afurika cya 2004, ibihugu byombi byanganyije igitego 1-1, aho u Rwanda rwishyuriwe na Kamanzi Kharim ku munota wa nyuma w’umukino.

    Kamanzi Kharim watsindiye Amavubi igitego ku mukino wabahuje na Guinea muri 2004
    Kamanzi Kharim watsindiye Amavubi igitego ku mukino wabahuje na Guinea muri 2004

    Mu gushaka itike yo kwerekeza mu gikombe cya Afurika cya 2019, aya makipe yombi yongeye guhurira mu itsinda rimwe, mu mukino ubanza Guinea itsinda u Rwanda ibitego 2-0, naho mu mukino wo kwishyura i Kigali bahanganyiriza igitego 1-1.

    Abakinnyi bashobora kubanza mu kibuga ku ruhande rw’Amavubi

    Kwizera Olivier, Omborenga Fitina, Imanishimwe Emmanuel, Emery Bayisenge, Mutsinzi Ange, Niyonzima Olivier, Twizerimana Martin Fabrice, Hakizimana Muhadjiri, Tuyisenge Jacques, Sugira Ernest na Byiringiro Lague.


    source https://www.kigalitoday.com/imikino-11/football/article/abashobora-kubanzamo-n-ibyo-wamenya-mbere-y-umukino-w-u-rwanda-na-guinea