Tag: featured

  • Kigali: Abayobozi b’amashuri bagaragaje impungenge ku myigire ubwo amashuri azaba afunguye – #rwanda #RwOT

    Abanyeshuri by’umwihariko abo mu miryango itishoboye bari basanzwe bafite imbogamizi mu myigire y’ikoranabuhanga ririmo radio na televiziyo ubwo amashuri yari yafunze hagamijwe guhagarika ikwirakwira rya COVID-19.

    Hari ibigo bicumbikira abanyeshuri byari byatangiye kwifashisha impera z’icyumweru mu gutanga amasomo y’inyongera kuri icyo cyiciro cy’abanyeshuri kugira ngo babashe kujya mu murongo umwe na bagenzi babo babashije gukurikirana amakuru hifashishijwe ikoranabuhanga.

    Umuyobozi wa GS Gisozi I mu Karere ka Gasabo, Evariste Banzubaze yabwiye Rwanda Today ko “Twateganyaga gutanga amasomo y’inyongera y’amasaha ane kugeza kuri atanu buri wa gatandatu, ariko kongera gufunga amashuri ubu byatesheje agaciro icyo gikorwa.”

    Yakomeje agira ati “Bivuze ko amashuri akoresha uburyo budasanzwe kugira ngo abo banyeshuri basubire mu murongo umwe n’abandi mu gihe tuzaba tumaze gufungura.”

    Banzubaze yavuze ko icyuho cyagaragaye cyane mu masomo ajyanye na siyansi n’indimi.

    Nsengiyumva Andre wa GS Nzove mu Karere ka Nyarugenge, yavuze ko abashinzwe uburezi nabo bagikurikirana abanyeshuri ariko kugeza ubu batigeze batanga raporo ku bigo byabo nyuma y’aho amashuri yongeye gufungura.

    Icyakora, umuhate wo gukemura icyuho mu kwihutisha ingengabihe y’amasomo mu gihe gisanzwe wagize ikibazo cyo gusubira mu rugo ku mashuri menshi yo muri Kigali.

    Minisiteri y’Uburezi yongereye ifungwa ry’amashuri yose muri Kigali harimo na kaminuza mu gihe Umujyi wa Kigali uri muri guma y’iminsi 15, hagamijwe gukumira icyorezo cya COVID-19, cyongeye gukaza umurengo ku nshuro ya kabiri.

    Kuva mu Ugushyingo 2020, amashuri yagiye afungura buhoro buhoro, hubahirijwe ingamba z’inzego zishinzwe ubuzima n’umutekano harimo no kwambara udupfukamunwa mu gihe cy’amasomo no hanze, gukaraba intoki no gutandukanya imibereho.

    Minisiteri y’ubuzima yavuze ko hakwiye kugabanywa ingendo za buri munsi z’abarimu, abanyeshuri ndetse no guhura n’abaturage mu gihe kurwanya ikwirakwira ry’icyorezo, mu banyeshuri biga bataha ndetse n’abacumbikirwa mu bigo.

    Minisitiri w’Uburezi, Dr Uwamariya Valentine yatangaje ko mu gihe ubwandu bwaba bukomeje kwiyongera, amashuri menshi yahagarikwa mu bite bitandukanye mu gihugu.

    Uretse Umujyi wa Kigali, utundi turere dufite imijyi yagutse ikaba irimo amashuri menshi nka Huye, yagaragaje ubwiyongere bukabije bw’abandura n’abicwa na Coronavirus mu byumweru bishize.

    Minisiteri y’uburezi ivuga ko abanyeshuri bose biga bacumbikirwa muri Kigali bazaguma ku ishuri mu gihe abiga bataha bo baguma mu rugo bategereje isuzuma rya Minisiteri y’Ubuzima mu byumweru bibiri byarangiye kuri uyu wa Mbere tariki 1 Gashyantare 2021.

    Abayobozi b’ibigo by’amashuri bagaragaje ko imyigire y’abanyeshuri ishobora kuzazamo ingorane amasomo nasubukurwa muri Kigali

    source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/kigali-abayobozi-b-amashuri-bagaragaje-impungenge-ku-myigire-ubwo-amashuri

  • Murenzi uyobora Diaspora yitabye RIB ku kirego cy’umushinga wa miliyari 2 Frw – #rwanda #RwOT

    Umushinga wa “Inzozi Hill Estate’’ watekerejweho mu 2016, watangiriye mu Banyarwanda ba Arusha-Moshi bashaka kubaka inzu bashobora guturamo mu gihe basubiye mu Rwanda, bagatura hamwe.

    Nyuma baje kwanzura gufungurira amarembo abandi Banyarwanda baba hanze n’ab’imbere mu gihugu.

    Ku ikubitiro, Abanyarwanda 270 ni bo bawinjiyemo, aho buri wese yatanze miliyoni enye n’ibihumbi 800 Frw yo kugura ikibanza, 100$ yo kuba umunyamuryango, ibihumbi 105 Frw yo kugura icyangombwa cy’ubutaka n’ibihumbi 10 Frw yo guha uzajya akurikirana uwo mushinga.

    Nyuma yo gukusanya ubushobozi, haguzwe ikibanza mu Kagari ka Gasharu, Umurenge wa Nyamirambo, Akarere ka Nyarugenge ndetse abaturage bari bahatuye bahabwa ingurane ku mpamvu y’icyo gikorwa cyemejwe nk’ikigamije inyungu rusange.

    Kuri ubu nyuma y’imyaka itanu, bamwe mu bashyize amafaranga muri uyu mushinga bareze Murenzi Daniel uyobora Diaspora Nyarwanda, bamushinja gukoresha nabi umutungo wabo.

    Aya makuru yanemejwe n’Umuvugizi w’Umusigire wa RIB, Dr. Murangira Thierry, yabwiye IGIHE ko uru rwego rwakiriye ikirego cya bamwe muri abo Banyarwanda.

    Yagize ati “RIB yakiriye ikirego cyatanzwe na bamwe mu banyamuryango ba Diaspora Nyarwanda barega Murenzi Daniel ko ashobora kuba yarakoresheje umutungo wabo nabi kandi ayo mafaranga akaba yari agenewe kubaka amacumbi yo guturamo.’’

    RIB yakiriye ikirego, iragikurikirana, inakora iperereza, ibaza impande zombi ndetse Murenzi yarahamagawe arabazwa.

    Yakomeje ati “RIB yasabye ko hakorwa igenzura ku mikoreshereze y’umutungo [audit], ibizavamo nibyo bizatanga umwanzuro ugomba gufatwa.’’

    Iki kirego cyinjiwemo n’inzego z’ubutabera nyuma y’impuruza yatangijwe na Dr. Joseph Ryarasa Nkurunziza abinyujije ku rukuta rwa Twitter.

    Yagize ati “Kuri Murenzi Daniel [Umuyobozi wa Diaspora Nyarwanda ku Isi]. Abanyarwanda 270 baba mu Rwanda n’abo mu mahanga twakusanyije arenga miliyari 2 Frw yo kubaka inzu z’icyitegererezo muri Nyamirambo. Kugeza ubu ntiturabona inzu cyangwa ubutaka. Byashoboka ko dusubizwa amafaranga yacu?’’

    Murenzi Daniel yahise amusubiza ko hashyizweho komite iri kunoza ibijyanye n’amategeko ndetse bizatangarizwa abanyamuryango mu minsi ya vuba.

    Amahari yabonetse muri uyu mushinga ashingiye ahanini ku kuba ngo Murenzi yarawandikishije ku izina rye, nyamara we akavuga ko byakozwe mu buryo bwemeranyijweho kuko umuryango uhuriyemo abatanze amafaranga muri uwo mushinga nta buzima gatozi ufite.

    Murenzi avuga ko mu gukemura ikibazo hashyizweho komite ishyiraho ubuzima gatozi ndetse bigeze ku rwego rwiza.

    Ubuyobozi bw’Ubutaka mu Karere ka Nyarugenge buvuga ko ibijyanye no kuba ubutaka bwanditswe ku muntu runaka bigenwa n’abanyamuryango.

    Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Rubingisa Pudence, aherutse kubwira One Nation Radio ko ikibazo cy’Abanyarwanda bashyize amafaranga yabo mu mushinga wa ‘Inzozi Hill Estate’ kiri gukurikiranwa.

    Yijeje ko abatanze amafaranga yabo mu mushinga wa ‘Inzozi Hill Estate’ batazarengana ndetse hari kurebwa uko icyifuzo cyabo cyashyirwa mu bikorwa nk’uko byari biteganyijwe.

    -  Inkuru bifitanye isano: Zabyaye amahari nyuma y’idindira ry’umushinga wo kubaka amacumbi y’abadiaspora washowemo miliyari 2 Frw

    Umuyobozi wa Diaspora Nyarwanda ku Isi, Murenzi Daniel, yitabye RIB mu bihe bitandukanye. Yavuze ko atiyandikishijeho ubutaka ashaka kwikubira ahubwo ari icyizere yagiriwe n’abanyamuryango kuko nta buzima gatozi “Inzozi Hill Estate” ifite

    source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/murenzi-uyobora-diaspora-yitabye-rib-ku-kirego-cy-umushinga-wa-miliyari-2-frw

  • Abazi Niyitegeka Félicité bahamya ko Ubutwari bwe ari ubwa kera #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Niyitegeka yabaye Intwari kuva kera nk
    Niyitegeka yabaye Intwari kuva kera nk’uko bivugwa n’abo babanye

    Niyitegeka yakoze imirimo itandukanye kandi itamugaragaza nk’umuntu ukomeye, cyakora ku baciye bugufi bamufataga nk’umubyeyi urangwa n’umutima w’impuhwe, wita ku bakene, utega amatwi buri wese kugeza n’uvuga ibidakwiye akagukosora yabanje kugutega amatwi.

    Yari umuvuzi w’intimba z’imitima, ibi bikajyana no gusabana na bose, cyane cyane abasuzuguritse mu muryango, nibo yafataga nk’inshuti ze.

    Kigali Today yifuje kumenya ubuzima bwe ku munsi we wa nyuma n’ibihe byamuranze, maze iganira na Mukarugira Claire babanye igihe kinini kugera ku isegonda rya nyuma ryo kuva mu mubiri.

    Mukarugira Claire ni umubyeyi ugira urugwiro kandi uterwa ishema no kuvuga ibigwi bya Niyitegeka, kuko yumva ko byafasha benshi kuvamo Intwari.

    Mukarugira wo mu Karere ka Rubavu akora akazi ko gucuruza indabo no gukodesha imyenda y’abageni, aho yiyicariye aba asoma ibigwi Niyitegeka yagiye yandika mu ikayi umunsi ku wundi, kugira ngo atazibagirwa inama yahabwaga n’iyo nshuti magara.

    Avuga ko ubuzima abamo ahora amuzirikana kuko mu gihe babanye yahoraga amusaba gutega amatwi abamugannye, kugera no kubadahabwa agaciro mu muryango.

    Mukarugira atanga urugero uburyo Niyitegeka yahinduriye ubuzima uwitwa Mbuzi wafatwaga nk’utagira ubwenge ndetse agahora yanduye, ariko aho ahuriye na Niyitegeka yamugize inshuti amwigisha kwiyitaho no gukora.

    Agira ati “Mbuzi yari umugabo wari uzwi kugira uburwayi bwo mu mutwe, agahora ku kiriziya no ku iposita asabiriza, akagira inkonda, ibimyira, ipantaro ikagwa, ishati igahora ifunguye ku buryo abantu batamwitagaho. Babonaga ko atari muzima ntahabwe agaciro, ariko kuri Niyitegeka yahoraga atubwira gutega amatwi abantu bose no kubakunda kugera kuri uwo Mbuzi.”

    Ubuzima bwa Mbuzi na Niyitegeka Félicité

    Mbuzi ntiyavugaga ariko bava mu misa yategaga Niyitegeka akamutegera ikiganza, ubusanzwe abantu baramwitazaga, ariko we yaramwegeraga akamufungira ndetse akamuha icyo afite.

    Byageze aho Niyitegeka amujyana mu kigo yabagamo cya Mutagatifu Petero “Centre saint Pierre”, atangira kujya amukoresha imirimo nko gusunika ingorofani cyangwa gukuraho imyanda akamwereka aho ayijyana.

    Ibyo byatumye Mbuzi abona ko ashoboye atangira kwigirira ikizere, buri gihe akaza gutegereza mushuti we ngo bajyane.

    NIYITEGEKA yakomeje kumwigisha kwiyitaho kugera n’aho amweretse ko agomba gushyira umugozi mu ipantalo ntigwe, ubundi amwigisha kwihanagura ikimyira n’inkonda maze Mbuzi atangira gucya.

    Mukarugira ati “Mbuzi yatangiye kujya ambona nanjye akaza kundamutsa, akambwira ko Niyitegeka azamuha umukobwa, azamuha n’inka, gusa yabivugaga mu Giswahili.”

    Akomeza agira ati “Ubuzima bwa Niyitegeka mbusubiramo uyu munsi nkabona agaciro yahaga abantu ndetse nkabona ko hari abantu twica kubera tutabaha agaciro kandi tubitayeho baba bazima. Iyo ndebye uburyo Mbuzi yahindutse binyereka ko n’aba tubona basabiriza cyangwa tuvuga ko bafite uburwayi bwo mu mutwe bashobora guhinduka bakigirira akamaro.”

    Mbuzi yavukaga mu muryango w’Abasilamu, ariko byageze aho yinjira mu kiriziya agahagarara inyuma akurikiye Niyitegeka, bagera aho bahana amahora ya Kirisitu, Mbuzi akava ku ntebe z’inyuma agasanga Niyitegeka aho ahagaze akamuhereza ikigaza, ubundi agahereza abo bari kumwe ikiganza ababwira “Nakuwona.”

    Ubuzima bwa Mbuzi bwarahindutse ndetse atangira kuvuga ngo “Felecite atanibatiza”, ibi byamukururiye ibyishimo mu buzima bwe mu gihe mbere abamubonaga bumvaga ko ntacyo amaze mu muryango.

    Uko Niyitegeka yatangiye kwakira abantu bahungaga

    Tariki 4 Mata 1994 Niyitegeka yatumiye abakobwa bitwa abafasha b’ubutumwa bazwi nk’abakobwa ba Musenyeri, kuko yari asanzwe abahuza kabiri mu mwaka muri Diyoseze ya Nyundo.

    Ubwo bagomba gutangira amasomo nibwo Jenoside yakorewe Abatutsi yatangiye, n’abakobwa baguma aho, abandi bahungiye kwa Niyitegeka ni abantu bavuye mu miryango yabo, hamwe n’abanyeshuri bigaga muri Kaminuza ya Mutagatifu Fidèle, bose bahungira muri Hoteli Merdien ubu yabaye “Serena Hotel”, bari barinzwe n’Abafaransa ariko baza kubasiga barigendera.

    Mukarugira avuga ko abo bantu bahise bajyanwa mu nzu yari izwi nk’ingoro ya Muvoma, ariko buri joro interahamwe zikaza gutwaramo bamwe zikajya kubica.

    Ibyo byatumye uwari Superefe Zirimwabagabo azana icyo gikundi cy’abantu muri santere ya Mutagatifu Petero yari iyobowe na Niyitegeka, bamusaba kubagumana.

    Ati “Superefe yasabye Niyitegeka kubagumana igihe gito, bagashakirwa aho bajyanwa, ndetse ahasiga n’abajandarume bo kubarinda, gusa nyuma y’iminsi mikeya ba bajandarume baragiye, babasiga aho nta byo kurwa bafite”.

    Mu kwiyumanganya kwe, Niyitegeka yakomeje ibikorwa byo kurwana kuri abo ahishe ndetse abo ashoboye kwambutsa arabikora kugeza naho yagiye kureba Superefe Zirimwabagabo amusaba abajandarume ariko ntibabamuha.

    Ntiyacitse intege ngo yakomeje kwakira abamugana, ndetse agahangayikishwa n’ubuzima bw’abantu afite kuko yumvaga ashaka kubakiza.

    Uko ubuzima bwagendaga bukomera Niyitegeka yabonye ko bishobora kutamusiga amahoro ariko yemera guhara ubuzima bwe, atangiza inyigisho z’ubuzima bwa Yobu kugira ngo akomeze abo bari kumwe.

    Umunsi wa nyuma wo kubaho kwa Niyitegeka Félicité

    Tariki 20 Mata 1994, abantu batangiye kuza gutwara ababo bari mu kigo Mutagatifu Petero bavuga ko izatwikwa, cyane ko interahamwe zari zarateye kuri Cathedral ya Nyundo bakica abahahungiye.

    Ikigo cya Mutagatifu Petero Niyitegeka yari atuyemo cyari cyubatse muri metero nkeya ku mupaka munini uhuza umujyi wa Goma na Gisenyi, bigasaba iminota itageze kuri itanu ngo umuntu ukivuyemo abe ageze mu kindi gihugu.

    Cyakora bitewe n’ubwoba abantu babagamo, ntibyari byoroheye buri wese kuhagera ngo akize ubuzima bwe, cyane ko hari n’interahamwe zikora igenzura.

    Niyitegeka yiyambazaga abajandarume barindaga umupaka kugira ngo ashobore kwambutsa abantu kandi bakamufasha batamuteye ibibazo, yambukije abantu inshuro ebyiri bagera i Goma bagahamagara abo basize bababwira ko nabo bamwiyambaza bakambuka.

    Gutanga ayo makuru nibyo byatumye interahamwe zimenya ko ahungisha abantu, n’amayeri yakoreshaga harimo kubambutsa mu ma saa kumi za mu gitondo.

    Tariki 20 Mata 1994 ni bwo Niyitegeka yari yateguye guhungisha itsinda ry’abantu 43 yari afite, byari gutuma yubahiriza ibyo nibura Musaza we Col. Nzungize Alphonse yari yamubwiye ko interahamwe zifite ubukana ndetse zishobora kumutera zikamwicana n’abo ahishe nyuma yo gutera cathedral ya Nyundo.

    Mukarugira avuga ko Niyitegeka yasabye abajandarume kumufasha ariko kubera ikigo cyari cyazengurutswe n’interahamwe babura uburyo bamufasha.

    Ati “Ubusanzwe iyo abajandarume babonaga inzira imeze neza nta nterahamwe zihari, bateraga amabuye ku mabati ya Shapele ya Bikira Mariya ku isaha ya saa kumi za mu gitondo, noneho agahita azana abantu yateguye bakambuka. Ariko kuri iriya tariki ntibyakunze amenya ko inzira itameze neza.”

    Akomeza avuga ko uwo munzi wari mubi ku bari mu kigo kuko ku masaha ya saa sita interahamwe zitwaje umukecuru w’umututsi zivuga ko zimuhungishije ariko icyazigenzaga ni ukureba niba nta burinzi buhari, no kumenya niba koko hari abantu bahihishe kuko binjiraga bareba mu Nguni zose z’ikigo.

    Uko bamwe bava mu kigo bajya i Goma bakavugana n’abo mu Rwanda abandi bakaza gutwarwa n’abandi, ni byo byeretse Niyitegeka ko hamwe n’abantu be bari mu kaga maze abwira Mukarugira ati “ndimo ndakora icyaha ku batagira urukundo kandi nzabizira.”

    Tariki ya 21 Mata 1994, abantu biriwe mu kigo bacitse intege ndetse benshi kurya birabananira kubera gutinya ko interahamwe zishobora kubasanga mu kigo zikabica, bikaba byaraterwaga n’amakuru yarimo avuga ko zishaka kuza gutwika icyo kigo.

    Niyitegeka hamwe n’abajandarume bari bateguye ko uwo munsi ku isaha ya saa mbiri z’ijoro bari buze kwambutsa abantu, ndetse abari mu kigo abasaba kwitegura.

    Isaha ya isaa kumi igeze abantu basabwe kujya mu misa ariko mu gihe bakitegura interahamwe zihonda urugi maze Niyitegeka ajya gukingura.

    Mukarugira avuga ko ibyo byabaye mu gihe abakobwa bari kumwe nawe bari bamaze gutondeka amabuye yo kuririraho kugira ngo batewe bahite bihungira.

    Ati “Ubwo twari tumaze gushyiraho ayo mabuye nibwo umwe mu bakobwa yambwiye ko hari abantu baje, ngiye kureba mbona ni babandi baje ku manywa barimo bakubita igifunguzo cy’ikinyururu Niyitegeka”.

    Ati “Nahise niruka mbwira abantu mu byumba ko interahamwe zije bakwihisha ariko nza guhura n’umwe mu nterahamwe ahita anjyana mu kibuga, bagenda bafata n’abandi baturunda mu kibuga mu gihe ababashije gusimbuka igipangu bahise bigira muri Congo.”

    Bamaze kurundanya abantu batangira kuburiza imodoka, Niyitegeka abazibaza aho zimujyaniye abantu ariko ntizamusubiza, nawe ahita yurira imodoka. Umwe mu nterahamwe yahise amukurura amukuramo, ariko amubwira ati “niba mutampaye abantu banjye ndajyana nabo.”

    Niyitegeka ngo yarebye abo bantu be arabakomeza ababwira ati “Ubwoba mufite ni ubw’iki? Ntwabo muzi uwo musanga?” Ahita atera indirimbo ‘Nzasanga Mariya mu bwami bw’Ijuru’.

    Gusa benshi ntibashoboye kumwikiriza niko guhindura atera ishapule maze yungirizwa n’umukobwa witwa Kayitesi Beltha wahise atera indirimbo “Izuba ry’umutima wanjye”

    Imodoka yari ibatwaye yanyuze kuri Hoteli Ubumwe, ikata ikomeza imbere ya Kaminuza Saint Fidèle ariko ihagarara kuri bariyeri.

    Interahamwe zasabye Niyitegeka guceceka maze asubiza n’umutima mwiza ati “Turimo kubasabira ku Mana kugira ngo ibyo mukorera abavandimwe banyu mubireke.” Cyakora ngo interahamwe yamusubiza yishongora ngo “Nti turi abavandimwe b’Abatutsi kuko Imana y’Abatutsi si yo y’Abahutu.”

    Mukarugira wari wabwiwe ko bajyanywe kuri Komini imodoka yabagejeje mu mujyi abona ko batajyanywe kuri Komini, ahubwo atekereza ko bajyanywe kwicwa, maze ni ko kubwira Niyitegeka ati “Wowe bakubabariye kandi wisenya ufite imirimo myinshi.”

    Yamusubije agira ati “Namwe nta cyaha mwakoze reka mbaherekeze mugereyo amahoro.”

    Mukarugira avuga ko bageze aho kwicirwa ahazwi nka Komini Rouge, basanze hari ayandi matsinda y’abica n’abacuza abantu ibyo bafite, maze abakuwe mu modoka barundwa ukwabo ariko Niyitegeka ntiyitandukanya n’abantu be ahubwo akomeza gusenga.

    Interahamwe zabazanye zabamishemo urusasu, naho Mukarugira agwa yubamye ariko isasu ntiryamufata. Ubwo amasasu yari acecetse yubuye amaso agira ngo arebe ko ari muzima ndetse abona interahamwe zisubiye mu modoka.

    Ngo Niyitegeka yari yarashwe aryamye hasi agaramye n’imyenda ye. Mu gihe interahamwe zarimo zicuza abarashwe zibashyira mu cyobo, Mukarugira yabasabye kumurasa ariko baranga, ahubwo babwira abasigaye kumwica bamutemye nabo baranga bavuga ko bamuhamba ari muzima.

    Musaza wa Niyitegeka, Col Nzungizi yaje kuhagera bumaze kugoroba asanga byarangiye yicwa n’agahinda, kubera bwari bumaze kwira arataha bukeye azana isanduku n’amashuka ashyingura umuvandimwe we n’abandi bantu babiri yari aziranye nabo.

    Mukarugira avuga ko ku mva ya Niyitegeka bahashinze igiti cy’isombe kugira ngo bazayimenye ariko kubera ibihe byagiye bikurikiraho imva ye yaje kuyoberana.

    Avuga ko nyuma amaze gushyirwa mu Ntwari z’u Rwanda, umubiri we bawushatse bakawubura ndetse mu kiganiro Kigali Today yagiranye na Deo Nkusi, Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y’Intwari, Imidari n’Impeta z’ishimwe (CHENO) muri 2017, yavuze ko umubiri wa Niyitegeka ukirimo gushakishwa.

    Niyitegeka Félicité yari yaritangiye amahoro

    Mukarugira avuga ko ubwo Niyitegeka yigishaga abafashabutumwa yari yarabasabye kuba intumwa z’amahoro ndetse abasaba kwitegura kuba ibitambo ariko u Rwanda rukagira amahoro.

    Yagize ati; “Yatangaga inyigisho zisaba kuba intumwa z’amahoro, ndibuka ubwo yatwigishaga akatubwira ko bibabaje kuba Abanyarwanda bacikamo ibice, kandi muri ibyo bice harimo n’abakirisitu bagira urwangano, bakarebera abantu mu moko kandi nta ntumwa igira ubwoko.”

    Arongera ati “Ubu ni bwo mbona uburyo yari mu butumwa kandi yabushoje neza, aba igitambo yitangira abandi atagendeye ku mibare, kwikunda no gutinya ibyamubaho.”

    Mukarugira avuga ko Col Nzungizi yahize abakandagije ikirenge mu kigo cy’umuvandimwe we ariko bakihisha.

    Ati “Nubwo nari narokotse kubera abantu baje kumbona bakankura mu mirambo, nakomeje kwihisha gusa nza kumenya ko umuvandimwe wa Niyitegeka yahize bikomeye interahamwe zamwishe kimwe n’ababaherekeje gusa ntiyababona kuko n’imodoka bakoreshaga bari barayikuye ku kigo nderabuzima cya Kigufi bagiye kuyihisha mu kigo cya gisirikare.”

    Mukarugira avuga ko muri icyo gihe Interahamwe zihishaga Col Nzungize abantu bashoboye kugira agahenge, ariko baza kumenya akiriho batangira kumuhiga ngo atazabavuga.

    Ati “Serushagu Omar ubwe yakoze ibishoboka aranshaka agira ngo amenye ko nabonye uwarashe Niyitegeka, gusa namubwiye ko nari mfite ubwoba ntabashije kubona uwamurashe. Yumvishe ntamuzi arandeka ariko icyo yashakaga kumenya ni ukumva ko namubonye ngo ankureho ntazabavuga”.

    Niyitegeka Félicité yavukiye i Vumbi mu Mujyi wa Huye mu 1934, yari uwihayimana mu muryango w’aba Auxiliaire de l’Apostolat ku Gisenyi, yishwe arashwe na Omar Serushago wemeye icyo cyaha ku itariki ya 3 Gashyantare 1998 i Arusha, akaba yarashyizwe mu Ntwari z’Imena muri 2011.


    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/abazi-niyitegeka-felicite-bahamya-ko-ubutwari-bwe-ari-ubwa-kera

  • Umujyi wa Kigali watangiye icyiciro cya kabiri cyo gutanga ibiribwa muri iyi Guma mu Rugo #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Bamwe mu batuye Umujyi wa Kigali batangiye guhabwa ibiribwa mu cyiciro cya kabiri
    Bamwe mu batuye Umujyi wa Kigali batangiye guhabwa ibiribwa mu cyiciro cya kabiri

    Umujyi wa Kigali uvuga ko imiryango 133,000 igizwe n’abaturage barenga 500,000 ari yo izaba imaze guhabwa ibiribwa birenga toni 3,150 nyuma yo gusoza iki cyiciro cya kabiri.

    Imiryango 72,000 ni yo yahawe ibiribwa bingana na toni 1,700 by’ifu y’ibigori n’ibishyimbo mu cyiciro cya mbere, icyiciro gisigaye kikaba kigizwe n’imiryango 61,000 cyatangiye guhabwa toni 1,450 kuri uyu wa kabiri.

    Ubaze ibiribwa buri muryango wafata mu gihe yose yaba ifite umubare ungana w’abantu, wagabanya toni 1,450 cyangwa ibirogarama 1,450,000 ku miryango 61,000 ukabona ko buri rugo rwajya rufata ibirogarama 23.7 by’ibishyimbo na kawunga (ifu y’ibigori).

    Buri muryango uhabwa ibiribwa hagendewe ku mubare w
    Buri muryango uhabwa ibiribwa hagendewe ku mubare w’abagize urugo

    Ibi ariko si ko bigenda kuko ahenshi usanga umubare w’abaturage bateganyijwe guhabwa ibiribwa ari muto cyane ugereranyije n’abavuga ko babikeneye, bigatuma habaho gusaranganya ibyabonetse.

    Twaganiriye n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kigarama mu karere ka Kicukiro, Umubyeyi Mediatrice agaragaza ingano y’ibiribwa buri rugo muri uwo murenge rwagenewe.

    Yagize ati “Mu murenge wacu abahabwa ibiribwa kuri uyu wa kabiri ni imiryango 3,886, urugo rugizwe n’abantu 1-2 rurahabwa ibiro 10 by’ibiribwa, urugizwe n’abantu 3-5 ruhabwe ibiro 15, hanyuma urugizwe n’abantu kuva kuri 6 kuzamura rurahabwa ibiro 40 by’ibiribwa”.

    Ku rutonde rw’ingo zihabwa ibiribwa twakoreye igenzura, twasanze ingo nyinshi ari iziri mu cyiciro cya mbere (ni ukuvuga izifite umubare w’abantu kuva kuri 1-2) hamwe n’icyiciro cya kabiri (kuva ku bantu 3-5).

    Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Prof Shyaka Anastase asaba inzego z’ibanze gutanga ibiribwa bitubutse bimara iminsi myinshi, mu rwego rwo kwirinda guhora bajya mu ngo gutanga ibindi.

    Minisitiri w
    Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Prof Shyaka Anastase avuga ko ahakumvikana ikibazo hose inzego ziba ziteguye kwihutira gutanga ibisubizo

    Prof Shyaka yagize ati “Mu cyumweru gishize hari abo bahaye, bivuze ngo ntibirashira cyangwa bashobora gukenera ibindi, hamaze iminsi hagaragara humvikana n’amajwi ya bamwe bafite ibibazo, bimwe bishobora kuba ari byo,…ariko icyo nagira ngo nizeze ni uko twese dufite ubushobozi bwo kubaha ibisubizo mu buryo bwihuse, n’aho bitameze neza turifuza ko bikosoka”.

    Hari tumwe mu duce tw’Umujyi wa Kigali twatangiye guhabwa ibiribwa kuri iki cyumweru gishize ndetse n’aho babihawe ku wa mbere, abandi barakomeza kubihabwa kuri uyu wa kabiri.


    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/umujyi-wa-kigali-watangiye-icyiciro-cya-kabiri-cyo-gutanga-ibiribwa-muri-iyi-guma-mu-rugo

  • Muhanga: Mfitumukiza wari watorotse gereza yongeye gufatwa #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Mfitumukiza wari uherutse gutoroka gereza ya Muhanga yafashwe
    Mfitumukiza wari uherutse gutoroka gereza ya Muhanga yafashwe

    Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rushizwe imfungwa n’abagororwa (RCS), SSP Pelly Uwera yemeje ayo makuru, akavuga ko Mfitumukiza yatawe muri yombi hamwe n’uwari umucumbikye, mu mudugudu wa Rugarama mu kagari ka Gifumba mu murenge wa Nyamabuye, Mfitumukiza ubundi akaba uvuka mu karere ka Rusizi.

    Umuyobozi wa Gereza ya Muhanga SSP Genevieve Niyomufasha, avuga ko kuva Mfitumukiza yatoroka Gereza ku wa 27 Mutarama 2021, yakomeje gushakishwa akaba yabonetse ku makuru yatanzwe n’abaturage n’ubufatanye bw’inzego z’ibanze n’iz’umutekano.

    Agira ati “Ubu yafashwe ari ku rwego rw’Ubugenzacyaha RIB, yafashwe ku bufatanye bw’inzego z’umutekano n’iz’ibanze. Uwari umucumbikiye nawe ari gukurikiranwa na RIB, ntituramenya niba hari amasano bafitanye”.

    Yongeraho ati “Icyaha cyo gutoroka gereza nacyo gihanwa n’amategeko, ubu arimo gukorewa dosiye, abagororwa bakora ibihano ndabasaba gutuza bagakora ibihano byabo kuko inzego z’umutekano ziri maso, cyane ko n’uwo yafashwe”.

    Niyomufasha avuga ko nta mucungagereza wari waryozwa iby’itoroka rya Mfitumukiza, ahubwo bari barimo gufatanyiriza hamwe kumushakisha kugeza bamufashe, agashimira abaturage ku makuru batanze ngo afatwe akanabasaba kubigira umuco.

    Mfitumukiza na bagenzi be batanu bakurikiranweho ibyaha byo kwica umumotari witwa Samson Ndirabika, wiciwe mu Murenge wa Shyogwe mu Karere ka Muhanga bakamwambura moto.

    Abo bose bakaba bataratangira kuburanishwa kuri ibyo byaha kuko bagifunzwe by’agateganyo.


    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/muhanga-mfitumukiza-wari-watorotse-gereza-yongeye-gufatwa

  • Afro-Basket Qualifiers: Abakinnyi batanu basezerewe mu mwiherero w’Ikipe y’igihugu #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abakinnyi bumva inama z
    Abakinnyi bumva inama z’umutoza, Henry Muinuka, anabagezaho urutonde rw’abasezerewe

    Ku wa mbere tariki ya 01 Gashyantare 2021 nibwo umutoza yafashe icyemezo cyo gusezerera abakinnyi batanu kugira ngo atangire agabanye umubare w’abo agomba gutegura. Abakinnyi batanu basezerewe ni: Niyonsaba Bienvenue ( APR BBC), Uwitonze Justin na Nyamwasa Bruno ( IPRC Kigali BBC), Muhizi Prince (UGB BBC) na Eric Muhayumukiza (IPRC Huye BBC).

    Uretse aba bakinnyi basezerewe biteganyijwe ko abakinnyi babiri ari bo : Gasana Kenneth Hubert na Axel Mpoyo bakina muri Leta zunze Ubumwe za Amerika bazasanga bagenzi babo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 03 Gashyantare 2021.

    Manzi Kimasa Dan ntazitabira ubutumire kuko ari gushaka uburyo yakwinjira mu makipe akina shampiyona ya Basketball muri Leta zunze Ubumwe za Amerika, Shema Osborne na we ntazaza. Ikipe ye yamwimanye kuko ifite imikino myinshi.

    Abakinnyi basigaye mu mwiherero

    Hubert Kabare Bugingo (IPRC-Huye), Steven Hagumintwari (Patriots), Kami Kabange (REG), Elie Kaje (REG), Dieudonné Ndizeye Ndayisaba (Patriots), Jean Paul Ndoli (IPRC-Kigali) na Pascal Niyonkuru (APR).

    Jean Jacques Wilson Nshobozwabyosenumukiza (REG), Marius Tresor Ntwari (APR), Sedar Sagamba (Patriots), Olivier Shyaka (REG), Sano Gasana (USA) na Ntore Habimana (Canada).

    Imikino y’amakipe yo mu matsinda ya B na C izabera mu Mujyi wa Yaoundé muri Cameroon kuva tariki ya 19 kugeza 21 Gashyantare 2021. Amakipe yo mu matsinda ya A,D na E azakinira mu mujyi wa Monastir muri Tuniziya kuva tariki ya 17 kugeza tariki ya 21 Gashyantare 2021.

    Biteganyijwe ko imikino ya nyuma ya Afro-Basket 2021 izabera mu Rwanda kuva tariki 24 Kanama kugeza 05 Nzeri 2021 muri Kigali Arena.


    source https://www.kigalitoday.com/imikino-11/basketball/article/afro-basket-qualifiers-abakinnyi-batanu

  • Ambasaderi Hategeka yasabye Abanyarwanda kurangwa n’ubutwari bwo guteza igihugu imbere – #rwanda #RwOT

    Ni ubutumwa yatanze ubwo u Rwanda rwizihizaga Umunsi w’Intwari ku nshuro ya 27. Wahawe insanganyamatsiko ivuga ngo ‘Ubutwari mu Banyarwanda agaciro kacu’.

    Umunsi w’Intwari wizihizwa buri tariki ya 1 Gashyantare, aho Abanyarwanda baba abari mu gihugu no hanze yacyo bazirikana bagenzi babo bakoze ibikorwa by’indashyikirwa bakabikorana ubwitange batagamije inyungu bwite, ahubwo baharanira ukwishyira ukizana, ubumwe n’ubwiyunge by’Abanyarwanda bose.

    Ambasaderi Hategeka Emmanuel mu butumwa bwe yageneye Abanyarwanda batuye muri Arabie Saoudite na Bahrain yabasabye kugera ikirenge mu cy’intwari z’igihugu.

    Yagize ati “Iyi nsanganyamatsiko iratwibutsa ko tugomba kugaragaza ubutwari mu buzima bwacu bwa buri munsi, intwari zacu zadusigiye umurage mwiza, wo gukunda u Rwanda rwo kurwitangira tutizigama.”

    Yakomeje abasaba kurangwa n’indangagaciro za Kinyarwanda aho bari hose kuko arizo zizabafasha kwiteza imbere no guteza imbere aho bakomoka.

    Ati “Aho muri ndabasaba kurangwa n’indangagaciro Nyarwanda, gukunda igihugu, guhiganwa n’abandi mugahaha ubwenge n’ibindi bibateza imbere n’imiryango yanyu n’igihugu cyacu muri rusage. Mbifurije guhorana ubutwari.”

    Ibikorwa by’Umunsi w’Intwari byizihijwe hubahirizwa amabwiriza yo kwirinda Coronavirus ndetse ibiganiro byabaye byatanzwe hifashishijwe itangazamakuru n’ikoranabuhanga.

    Umunsi w’intwari z’igihugu watangiye kwizihizwa nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

    Ambasaderi w’u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, Emmanuel Hategeka, yasabye Abanyarwanda kurangwa n’ubutwari mu byo bakora

    source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/ambasaderi-hategeka-yasabye-abanyarwanda-kurangwa-n-ubutwari-bwo-guteza-igihugu

  • Musanze: Abantu 94 bafashwe basenga barenze ku mabwiriza yo kurwanya Covid-19 – #rwanda #RwOT

    Aba bantu bafashwe mu gitondo mu masaha ya saa yine kuri iki Cyumweru tariki ya 31 Mutarama bafatirwa mu Murenge wa Nkotsi mu Kagari ka Bikara mu Kagari ka Karambi.

    Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyaruguru, CIP Alex Rugigana, yavuze ko abantu 89 bafatiwe mu nzu y’umukobwa w’imyaka 24 abandi 5 bafatirwa mu nzu y’umusore ufite imyaka 24. Aba bantu bose bafashwe nta bwiriza na rimwe ryo kurwanya COVID-19 bubahirije. Biganjemo abo mu itorero rya ADEPR, AER n’abitwa Abashumba ba Kristu.

    CIP Rugigana yagize ati “Bariya bantu icyo bahuriyeho ni ukutubahiriza amabwiriza y’inama y’Abaminisitiri iherutse guterana igahagarika ibikorwa bijyanye no gusenga ndetse n’andi makoraniro ahuza abantu benshi. Mu nzu y’umwe harimo abantu 89, muri bo 49 nta dupfukamunwa bari bambaye, bandi bose nta ntera yari iri hagati y’umuntu n’undi kandi bari mu cyumba gifunganye, nta bukarabiro.”

    CIP Rugigana yakomeje avuga ko igiteye impungenge cyane ari uko abo bantu bari baturutse mu mirenge itandukanye igize Akarere ka Musanze bityo hakaba hari impungenge z’uko hari ababa bari banduye bakaba bakwanduza abandi.

    Yagize ati “Aka Karere ka Musanze kakunze kujya kagaragaramo imibare myinshi y’abantu banduye COVID-19, kuba rero abantu nka bariya barenga ku mabwiriza bagahurira ahantu hamwe kandi bavuye ahantu hatandukanye batanampimwe biteye impungenge. Ntabwo Leta ibuza abantu gusenga ariko bagirwa inama yo gusengera mu ngo zabo, abagize umuryango bagasengera mu rugo batagize ahandi bajya.”

    CIP Rugigana yavuze ko muri abo bantu 94 bafashwe hari higanjemo urubyiruko, yaboneyeho gusaba urubyiruko gufata iya mbere bagakangurira abandi bantu kurwanya ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID-19.

    Yanavuze ko atari ubwa bene izo nzu bombi bafatiwe mu makosa yo kurenga ku mabwiriza yo kurwanya ikwirakwira rya COVID-19 bagahuriza hamwe abantu mu masengesho mu ngo zabo. Yavuze ko bagiye bafatwa kenshi bakaganirizwa ndetse bakihanangirizwa ariko bakaba bakomeje kurenga ku mabwiriza nkana.

    CIP Rugigana yihanangirije abaturage bakomeje kurenga ku mabwiriza nkana anabibutsa ko abazajya bafatwa barenze ku mabwiriza yo kurwanya COVID-19 bazajya bacibwa amande ajyanye n’amabwiriza yo kurwanya COVID-19.

    Yashimiye abaturage bakomeje gufatanya na Polisi batanga amakuru hakiri kare bagaragaza abarenga ku mabwiriza yo kurwanya ikwirakwira rya COVID-19.

    Abafashwe bahise bajyanwa muri sitade Ubworoherane y’Akarere ka Musanze baraganirizwa ndetse bacibwa amande hakurikijwe amabwiriza.

    Bafatiwe mu ngo z’abaturage bikingiranye batubahirije amabwiriza yo kwirinda Covid-19

    Abafashwe bajyanywe muri Stade Ubworoherane bacibwa n’amande

    source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/musanze-abantu-94-bafashwe-basenga-barenze-ku-mabwiriza-yo-kurwanya-covid-19

  • Kayonza: Ibyishimo by’abaturage bubakiwe ishuri nyuma yaho abana babo bakoraga ibilometero bitandatu – #rwanda #RwOT

    Ibi byumba byatangiye kubakwa muri Kamena 2020 birimo ibyubatswe ku nkunga ya leta ndetse n’ibindi byatewe inkunga na Banki y’Isi.

    Abaturage bo mu Karere ka Kayonza mu Murenge wa Gahini ni bamwe mu bagejejweho ishuri nyuma y’imyaka myinshi abana babo biga mu bilometero bitandatu, ikintu cyagoraga aba bana kugeza ubwo nibura buri mwaka abenshi barivagamo bitewe n’uru rugendo.

    Bamwe mu babyeyi baganiriye na IGIHE bavuze akanyamuneza bafite muri iki gihe nyuma yaho abana babo biga hafi bikanaborohera mu myigire.

    Mukagatesi Vestine utuye mu Mudugudu wa Nyabombe mu Kagari ka Juru yavuze ko abana be bakiga aho bakoraga ibilometero bitandatu yabaga afite guhangayika cyane.

    Ati “Ni ishuri ryaje kudufasha kuko mbere bajya kwiga hejuru iriya bazamukaga umusozi ugasanga nk’umwana w’imyaka irindwi ugitangira biramugoye, mu gihe cy’imvura hari nubwo twatinyaga kubohereza kuko bacaga inzira igoranye cyane none ubu arakaraba agahita agerayo.”

    Yakomeje avuga ko abana bagera mu rugo batarananirwa cyane bikaba byaranabaruhuye kugirira impungenge umwana.

    Ati “Hari abana benshi barekaga ishuri kubera ko ari kure cyane cyane abageze mu myaka mikuru ariko ubu ntabwo bakirivamo, ikindi basigaye bagera mu rugo batarushye bagasubira mu masomo yabo ku buryo ubona ibintu ari byiza.”

    Wibabara Marie Goretti we yagize ati “Kwigishiriza abana hano ni inyungu kuri twe, wasangaga ababyeyi b’inaha badatuje bahangayitse kuko mu nzira bahuraga n’urugomo rw’abashumba, rimwe ugasanga baje biruka bakikubita hasi ubundi bakabakubita kuburyo umwana yavaga mu rugo ugasigarana impungenge none ubu turatuje cyane.”

    Yakomeje avuga ko icyo biteze kuri iri ishuri rishya begerejwe ari ukongerera abana babo uburezi bufite ireme bakiga neza nta gihunga cyo guturuka kure kandi bagatsinda cyane.

    Umuyobozi w’agateganyo w’ishuri ribanza rya Gisenga ryahanzwe mu Kagari ka Juru, Habineza Jean Damascène, avuga ko babaye bashyizeho imyaka itanu ibanza mu rwego gufasha abana baturukaga kure ugereranyije naho bajyaga kwiga ku kindi kigo.

    Ati “Iki kigo kije gukemura ikibazo cy’abana bataga amashuri kubera kwiga kure bajyaga ahantu kure cyane, hari ubwo abana bagezaga hagati mu gihembwe bakareka ishuri kubera kunanirwa no gukorerwa urugomo mu nzira baje kwiga.”

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gahini, Rukeribuga Joseph, we avuga ko bahanze ishuri rishya nyuma yaho bigaragaye ko abana bavunika cyane bajya kwiga.

    Ati “Ririya shuri ni igisubizo cyiza Umukuru w’Igihugu yahaye abaturage bafite abana bigiraga kure, ku kindi kigo bigiragaho cyari kiri kure ndetse kiriho n’ubucucike bw’abanyeshuri, ubu rero bagiye kwiga neza kandi bigire hafi y’iwabo, ikindi bizorohera abarimu gukurikirana abanyeshuri neza kuko ntabwo baziga ari benshi cyane nkuko byari bisanzwe.”

    Yasabye ababyeyi gufatanya n’abarimu bagakurikirana abana babo kugira ngo barusheho kuzamura imyigire yabo, anabasaba gufatanya kugarura abari baravuye mu ishuri kubera ingendo ndende bakoraga.

    Ishuri ribanza rya Gisanga riri mu yahanze bushya mu Murenge wa Gahini

    Umuyobozi w’Ihsuri ribanza rya Gisenga, Habineza Jean Damascène, avuga ko iri shuri ryatumye abana biga hafi

    Wibabara avuga ko abana be mbere bajyaga kwiga kure bagahohoterwa n’abashumba none ngo kuri ubu biga hafi y’urugo

    source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/kayonza-ibyishimo-by-abaturage-bubakiwe-ishuri-nyuma-yaho-abana-babo-bakoraga

  • Kigali: Muri Guma mu Rugo hamaze gufatwa abarenga ibihumbi 100 barenze ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19 – #rwanda #RwOT

    Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa 18 Mutarama iyobowe na Perezida Kagame ni yo yafashe icyemezo cyo gushyira Umujyi wa Kigali muri Guma mu rugo bitewe n’ubwiyongere bukabije bw’abandura COVID-19 bari bakomeje kuwugaragaramo.

    Nyuma y’ibyumweru bibiri hafashwe iki cyemezo Polisi y’Igihugu yatangaje ko hamaze gufatwa abarenga ibihumbi 100 barenze ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19.

    Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera, yabwiye RBA ko abafatwa baba bakoze amakosa atandukanye arimo kujya mu birori n’ibindi bitemewe.

    Ati “Hari ukutambara agapfukamunwa kandi urabyumva muri iki gihe mu by’ukuri amezi 10 tumaze ikintu cyo kuvuga agapfukamunwa ntabwo gikwiye kuba ari ikibazo, rwose ntekereza ko kwambara agapfukamunwa neza buri muturarwanda wese akwiye kuba abizi.”

    “Icya kabiri ni abantu bafatirwa mu tubari, ubu Polisi hari abantu ijya ifata basinze muri Guma mu rugo bagenda mu muhanda batwaye imodoka ugasanga umuntu yasinze, ibyo birakwereka uburyo abantu basa n’aho batabyumva neza, hari abantu bafatwa bagiye mu birori cyangwa bahuriye hamwe ibyo turabizi byagiye bisobanurwa kenshi n’inzego zibishinzwe z’ubuvuzi zizi neza uburyo iki cyorezo gikwirakwira abo nabo baracyagaragara.”

    Nubwo hashyizweho uburyo bwo kwaka uruhushya muri iki gihe cya Guma mu rugo abantu bakaba bajya mu bikorwa bitandukanye byangombwa, CP Kabera yavuze ko hari abakoresha ubu buryo nabi.

    Ati “Ni uburenganzira bwabo kuzisaba ariko bazirikane ko bagomba kuba bagiye gukora ibintu bya ngombwa bizwi n’uburyo bikorwamo buzwi kuko gutanga uruhushya ntabwo ari rasiyo cyangwa ngo mwahaye runaka nanjye ni mumpe, bibanza gusesengurwa.”

    Umubare w’abahitanwa na COVID-19 uragenda urushaho kuzamuka, aho kuri ubu ari 198, mu gihe abamaze kuyandura nabo bagera ku 15 459. Ijanisha ku bandura riri kuri 4% mu gihe ijanisha ku bakira ari 66,4%.

    Abaturarwanda basabwa gukomeza kwitwararika no kubahiriza amabwiriza ya Leta hitabwa cyane cyane ku gukaraba intoki kenshi n’amazi n’isabune, kwirinda imihuro itari ngombwa no kwambara udupfukamunwa n’amazuru mu gihe umuntu avuye mu rugo cyangwa ahuye n’abantu benshi.

    Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera yavuze ko hari abakomeje gufatwa barenze ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19

    source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/kigali-muri-guma-mu-rugo-hamaze-gufatwa-abarenga-ibihumbi-100-barenze-ku