Tag: featured

  • Abanyarwanda 6 bari bafungiwe muri Uganda barimo n’utabasha kugenda kubera inkoni bagejejwe mu Rwanda – #rwanda #RwOT

    Aba baturage bagejejwe ku Mupaka wa Kagitumba uherereye mu Karere ka Nyagatare kuri uyu wa Gatatu tariki ya 3 Gashyantare 2021 ahagana saa Sita z’amanywa.

    Bakigezwa mu Rwanda babanje gupimwa icyorezo cya Coronavirus, ubundi bahabwa ubufasha bw’ibanze n’abaganga kuko hari harimo n’umugore utabasha guhagarara kubera inkoni yakubitiwe muri gereza zo muri Uganda.

    Uyu mugore w’imyaka 36 witwa Ngoga Nzamukosha Nyamwasa aturuka mu Karere ka Rubavu mu Murenge wa Gisenyi mu Kagari ka Gacuba, akaba yaje ateruwe n’abashinzwe abinjira n’abasohoka muri iki gihugu bamuryamisha hasi.

    Nubwo atavuganye n’itangazamakuru kuko yari amerewe nabi, amakuru avuga ko yakuwe kuri serumu mu bitaro byo muri Uganda yari yajyanywemo nyuma yo gukubitwa inkoni nyinshi zikamumerera nabi. Nyuma y’amasaha make aryamye hasi yashakiwe akagare n’uruhande rw’u Rwanda, atangira kwitabwaho.

    Abandi babiri bavuganye n’itangazamakuru bagaragaje ko bagiye bafatwa bagashinjwa kuba maneko z’u Rwanda bagafungwa, bagakubitwa ndetse bamwe bakanahatirwa kwemera ko ari za maneko.

    Ndagijimana Augustin wo mu Karere ka Burera yavuze ko iwabo mu rugo baturiye Umupaka wa Uganda, aho yambukiye agiye mu mirima bafite muri icyo gihugu agahita afatwa n’abayobozi ashinjwa kuba maneko.

    Ati “ Bahise banjyana Kisoro, mvuyeyo badushyira mu modoka n’abandi bane batujyana Mbarara. Twahamaze iminsi mike bahita batujyana kudufungira Kampala, ntabwo twari dufungiwe ahantu hazwi gusa twumvaga bavuga ko ari muri CMI.”

    Yakomeje avuga ko aho hantu yari afungiwe yari ahamaze amezi arenga atatu, muri icyo gihe bakorerwaga itotezwa rivanze n’inkoni, ibi byose bakaba babikorerwaga batarigeze bagezwa imbere y’urukiko urwo arirwo rwose.

    Ati “Inkoni zo twarazikubiswe kugeza inzara zivuyemo, banyinjije muri Gereza ya Mbarara bankubitiramo inkoni mu mutwe bituma nkomereka cyane gusa baza kundoda, bakundaga kudukubita nijoro bwacya bakadufunga.”

    Ndagijimana yagiriye inama Abanyarwanda yo kwirinda kwambuka umupaka bagana muri Uganda ngo kuko bashobora kuzahurirayo n’ibibazo byinshi birimo gufungwa no kumugazwa n’inkoni.

    Uwayisaba Angelique uvuka mu Karere ka Rubavu mu Murenge wa Bugeshi mu Kagari ka Mutovu we yavuze ko yagiye muri Uganda guhemba muramukazi we wari wabyaye, akaba yaragiye muri iki gihugu aciye ku mupaka mu buryo bwemewe n’amategeko.

    Ubwo ngo yari avuyeyo asubiye mu Rwanda, yaje gufatirwa ku mupaka n’abasirikare ba Uganda bamujyana aho bita Kisoro bararayo. Bucyeye ngo bahise babajyana Mbarara bababaza ibibazo bitandukanye byerekeranye no kuba ari ba maneko.

    Nyuma y’iminsi mike ngo baje kubajyana Kampala we na bo bari kumwe babafungira ahantu hatandukanye kugeza ubwo uyu munsi mu gitondo bamufunguriye bamwuriza imodoka yamugejeje mu Rwanda.

    Yavuze ko ahantu yari afungiye ngo hari hari abandi Banyarwanda benshi yahasize ariko batabonye umwanya wo kuvugana uretse kubabonera kure no kumva amajwi yabo bavuga.

    Kuva mu 2017, Abanyarwanda baba muri Uganda batangiye gutabwa muri yombi mu mikwabu itandukanye, bakorerwa iyicarubozo, bamwe bagarurwa mu gihugu binyuranye n’amategeko.

    Urwego rw’Ubutasi mu Gisirikare cya Uganda (CMI) nirwo rukora ibikorwa byo gufata no gutoteza Abanyarwanda b’inzirakarengane, bashinjwa ‘kuba intasi z’u Rwanda’ nyamara benshi muri bo ari abaturage bishakishiriza imibereho muri Uganda mu buryo busanzwe nk’abandi bose.

    Ibikorwa byo gushimuta Abanyarwanda bakorera ingendo muri Uganda bifitanye isano n’umubano w’akadasohoka wa CMI n’abagize Umutwe w’iterabwoba urwanya Leta y’u Rwanda (RNC) uyoborwa na Kayumba Nyamwasa, ufite umugambi mubisha wo guhungabanya umutekano w’igihugu.

    Abanyarwanda batandatu barimo umugore wamugajwe n’inkoni yakubitiwe muri gereza zo muri Uganda n’undi wafunganywe n’uruhinja bagejejwe ku Mupaka wa Kagitumba

    Umwe mu Banyarwanda yarakubiswe bimuviramo kumugazwa n’inkoni, ku buryo atabasha kugenda neza

    Benshi mu Banyarwanda bafungirwa muri Uganda baba bashinjwa kuba intasi z’u Rwanda

    Aba Banyarwanda basabye bagenzi babo basangiye ubwenegihugu kutishora muri Uganda kuko bashobora kuhagirira ibyago

    Aba Banyarwanda babanje gupimwa Coronavirus mbere yo kwemerwa gusubira mu buzima busanzwe

    source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/abanyarwanda-6-bari-bafungiwe-muri-uganda-barimo-n-utabasha-kugenda-kubera

  • Kanseri y’ibere n’iy’inkondo y’umura mu zihitana abantu benshi #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Kanseri y
    Kanseri y’ibere ni imwe mu zihitana umubare munini w’abantu

    Ubushakashatsi mu by’indwara ya Kanseri, bwagaragaje ko iyo ndwara irimo amoko arenga 100. Nyamara n’ubwo Kanseri y’ibere n’iy’inkondo y’umura ziri ku isonga mu zihitana umubare munini w’abantu, ziri mu zishobora kwirindwa cyangwa zikavurwa zigakira.

    Ubwo yari mu Kiganiro Ubyumva Ute cyatambutse kuri KT Radio ku itariki 1 Gashyantare 2021, Jean Paul Barinda, impuguke mu by’ubuzima, akaba akora muri gahunda ishinzwe gusuzuma indwara ya Kanseri y’ibere n’iy’inkondo y’umura mun Kigo cy’igihugu cyita ku buzima (RBC) yabigarutseho.

    Agira ati: “Ntanze nk’urugero kuri Kanseri y’ibere, hejuru ya 95% itangira ari akabyimba gato kari mu ibere, akenshi katanababaza umuntu. Hari ubwo ukarwaye atihutira kugana abaganga, nyamara bakamusuzumye mbere ngo barebe niba atari ibimenyetso bya kanseri, bayikumira hakiri kare, iyo atabikoze uko igenda ikura, ikagera n’aho umurwayi yisanga yarakwiriye mu zindi ngingo z’umubiri”.

    Akomeza avuga ko uretse ibi bimenyetso bya kanseri y’ibere hari n’ibindi bishobora kugaragara nko kugira uduturugunyu mu kwaha, kubyimba kw’ibere rikagera n’ubwo rihindura ibara. Kuba imoko yaryo ishobora gutebera. Ibyo kimwe n’ibindi usanga bitangira buhoro buhoro, bikagenda bikura bikaba byabashyira mu byago byo kurwara kanseri ifata ibere.

    Ni kimwe n’ibimenyetso bibanziriza kanseri y’inkondo y’umura, yibasira abagore bari mu kigero kiri hagati y’imyaka 30 na 49 y’amavuko. Iyo mpuguke isobanura ko hari abagore bo muri icyo kigero baba bafite ibimenyetso bimwe na bimwe bibanziriza iyo ndwara, bitakwitabwaho bakisanga barayirwaye.

    Nk’uko byumvikana mu buhamya bw’abagore bivuriza indwara ya Kanseri mu bitaro bya Butaro, ariko bifuje ko imyirondoro yabo itatangazwa, barimo umwe wamenye ko arwaye Kanseri y’inkondo y’umura nyuma y’aho yari amaze igihe yivuriza mu mavuriro atandukanye, ariko indwara ntimenyekane.

    Uwo mugore uri mu kigero cy’imyaka 65 yageze ubwo afata umwanzuro wo kwivuriza mu bavuzi gakondo, naho ntibyagira icyo bimumarira, ariko ubwo yageraga mu bitaro bya Butaro yarasuzumwe basanga arwaye iyo Kanseri.

    Yagize ati: “Nagize ikibazo cyo kuva kandi nyamara nari naracuze. Buri uko najyaga kwivuza kwa muganga bampaga imiti, rimwe bigashira ubundi bikagaruka. Naketse ko bandoze njya kwivuriza mu Kinyarwanda bampa imiti ariko njya kuyirangiza inda yarabyimbye, ntakaza ibiro biva kuri 67 bigera kuri 28. Natakaje amafaranga menshi nzenguruka ibice byose ngo ndivuza uburwayi ntari nakamenye, nsigara ndi umukene nyakujya”.

    Yongeraho ati: “Byabaye ngombwa ko nza kwivuriza mu bitaro bya Butaro, basanga ni kanseri y’inkondo y’umura ndwaye. Ku bw’amahirwe ubu ndi ku miti, ndi koroherwa kandi muganga yambwiye ko mfite amahirwe menshi yo kuyikira”.

    Undi mugore wagize amakenga nyuma yo kumva ikintu kimeze nk’ikibyimba mu ibere kandi kitamurya, nawe yagarutse ku bubi bwa kanseri y’ibere.

    Agira ati “Mu ibere hajemo ikibyimba ariko kubera ko kitandyaga ndabyihorera. Hashize umwaka ntumva ububabare na bucye icyakora ibere ryarimo icyo kibyimba ryari ryarabyimbye kuruta irindi. Nagiye ku kigo nderabuzima, muganga angira inama yo kujya kwisuzumisha kanseri, ku bw’amahirwe barayisuzumye bambwira ko ari ibimenyetso byayo byari bitangiye kuza mu ibere, babaga icyo kibyimba bagikuramo”.

    Ibyo abantu bakora bigatuma ibyago byo kurwara Kanseri bigabanuka

    Barinda avuga ko n’ubwo hamenyekanye ibitera Kanseri zimwe na zimwe, nyinshi mu moko yazo ntiharamenyekana impamvu izitera.

    Icyakora ngo hari iby’ibanze abantu bashobora gukora mu kugabanya ibyago bwo kuyirwara nko kwirinda indyo ibangamira imikorere y’umubiri, inzoga n’itabi. Hari kandi kwirinda umubyibuho ukabije, abantu bakitabira kujya bisuzumisha nibura rimwe mu mwaka kwa muganga bakareba niba nta bimenyetso by’indwara ya kanseri bafite n’ibindi.

    Atanga urugero rw’izishobora kwirindwa yagize ati: “Nka kanseri y’inkondo y’umura abana b’abakobwa bayikingirwa ku myaka 12, bityo bigatanga amahirwe menshi yo kuyirinda uwayikingiwe. Ikindi ni ukwirinda imibonano mpuzabitsina idakingiye cyane cyane ku bakobwa bari munsi y’imyaka 20 y’amavuko, kuko ubushakashatsi bwagaragaje ko iyo ayitangiye muri icyo kigero, bimwongerera ibyago byinshi byo kuba azarwara iyo kanseri”.

    Yongeraho ati “No kwirinda kanseri y’ibere ku mugore ni uko aba akwiye kwisuzumisha kenshi, n’igihe agize bya bimenyetso byayo twavuze haruguru akihutira kwa muganga akibibona agasuzumwa, kuko hari ingero nyinshi z’abatugana babimaranye igihe, bakisanga tutagishoboye kubavura ngo bakire kubere gutinda kugana muganga”.

    Uko iterambere mu buvuzi rigenda rikura ni na ko abashakashatsi bagenda bashakisha uburyo bwo kuvura kanseri zifata ibice bitandukanye by’umubiri. Izitaragera ku rwego rwo kuvurwa ngo zikire, hatangwa imiti igabanya ububabare ari na yo ifasha uyirwaye gucuma iminsi.

    Ibitaro bya Butaro bizobereye mu kuvura Kanseri
    Ibitaro bya Butaro bizobereye mu kuvura Kanseri

    Tariki ya 4 Gashyantare buri mwaka u Rwanda rwifatanya n’isi kuzirikana ububi bw’indwara ya Kanseri ikomeje guhangayikisha abantu kuko ihitana umubare w’abatari bacye.

    Urugero ni nko mu mwa 2018, aho abarenga miliyoni 18 ku isi bagaragaweho Kanseri, abarenga kimwe cya kabiri bahitanywe na yo muri uwo mwaka umwe. Icyo gihe mu Rwanda abarenga ibihumbi 10 nibo bari bagaragaweho n’indwara ya Kanseri, kimwe cya kabiri cyabo ikaba yarabahitanye.

    Naho mu mwaka wa 2019 nk’uko imibare ya RBC ibigaragaza, mu Rwanda abarwayi 759 nibo basanzwemo kanseri y’inkondo y’umura, icyo gihe abari barwaye kanseri y’ibere bari 713.

    Muri rusange, abibasirwa n’indwara ya Kanseri 70% byabo, baboneka mu bihugu bikiri mu nzira y’amajyambere n’u Rwanda rurimo.


    source https://www.kigalitoday.com/ubuzima/indwara/article/kanseri-y-ibere-n-iy-inkondo-y-umura-mu-zihitana-abantu-benshi

  • Abanyarwanda 6 bari bafungiye muri Uganda bagejejwe mu Rwanda harimo utabasha kugenda #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Muri abo Banyarwanda bahagejejwe harimo uwamenyekanye ku mazina ya Ngoga Nzamukosha Diane utabashije kuvugisha itangazamakuru kuko atamerewe neza.

    Akigera ku mupaka wa Kagitumba akicaye mu modoka yaziyemo kuko atabashaga kugenda, yagaragaje ko yishimiye kugaruka mu gihugu cye kandi ko abonye ubuzima.

    Yakuwe mu modoka ateruwe na bagenzi be mu maboko, ikindi yashoboraga ni ukwicara hasi no kuharyama gusa.

    Amakuru twabashije kumenya ni uko icyamushavuje cyane ari umwana we yabuze kuko yatandukanye na we agifatwa akaba aje atazi aho aherereye.

    Ikindi ngo ni iyicarubozo yakorewe kuko yakubitwaga inkoni zo mu birenge n’ibindi bice by’umubiri kugira ngo yemere ko ari maneko w’u Rwanda.

    Muri gereza ya CMI ya Mbuya ngo yari amazemo amezi 3 n’igice akorerwa iyicarubozo.

    Ikindi ngo ni ibicuruzwa bye asize ndetse ngo anafatwa akaba yarambuwe Amadolari ya Amerika ibihumbi bitatu, ni ukuvuga abarirwa muri miliyoni ebyiri n’ibihumbi 900.

    Ngoga Nzamukosha Diane akaba yari afungiye muri gereza ya Mbuya na Kireka.

    source https://www.kigalitoday.com/umutekano/imbere-mu-gihugu/Abanyarwanda-6-bari-bafungiye-muri-Uganda-bagejejwe-mu-Rwanda-harimo-utabasha-kugenda

  • Gicumbi: Buri muturage uremye isoko ataha azi uko ubuzima bwe buhagaze #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abaturage barapimwa indwara zitandukanye bakamenya uko bagomba kwitwa
    Abaturage barapimwa indwara zitandukanye bakamenya uko bagomba kwitwa

    Umuyobozi w’Akarere ka Gicumbi, Ndayambaje Félix agaganira na Kigali Today, yavuze ko gupima abaturage izo ndara biri mu buryo bwo kumenya neza uko bahagaze mu bijyanye n’ubuzima.

    Abapimwa indwara zitandura ni abagore guhera ku myaka 35 kuzamura, n’abagabo guhera ku bafite imyaka 40 kuzamura, bakazapimwa ku kigero cya 85%, icyakora kuri Hepatite hazapimwa abafite imyaka 15 kuzamura, ku kigero kiri kuri 80% nk’uko Mayor Ndayambaje abivuga.

    Agira ati “Ni umwe mu mihigo 92 dufite ijyanye n’imibereho myiza y’abaturage mu by’ubuzima, aho tuzapima indwara zitandura ku bagore bafite imyaka 35 gusubiza hejuru n’abagabo bafite imyaka 40 kuzamura, ahazapimwa abangana na 85% muri iyi ngengo y’imari”.

    Ugiye mu isoko ataha azi uko ubuzima bwe buhagaze
    Ugiye mu isoko ataha azi uko ubuzima bwe buhagaze

    Mu kurushaho kunoza icyo gikorwa babonera abaturage hafi kandi birinda COVID-19, Umuyobozi w’akarere avuga ko batekereje gukorera icyo gikorwa mu masoko mu minsi itandukanye aremeraho, aho batekereje ko no mu gihe insengero zizafungura bazajya bubaka ihema ryo gupimiramo abaturage baje gusenga.

    Uwo muyobozi avuga ko mu cyumweru bamaze bakora icyo gikorwa, kuva ku itariki 20 Mutarama kugeza tariki 29 bapimiye mu masoko yo mu mirenge inyuranye, hapimwa abarenga ibihumbi 13.

    Ati “Mu gihe cy’iminsi icyenda dupimira mu masoko anyuranye ari muri Ruvune, Byumba, Miyove, Rutare, Yaramba, Rushaki na Mutete, ku ndwara zitandura na Hepatite twapimye abantu 13,398. Ku ndwara zitandura twapimye 3,692 mu gihe Hepatite twapimye abantu 9,706, ni igikorwa twatekereje neza kandi twiteguye kwesa uyu muhigo”.

    Gupima abaturage indwara zitandura na Hepatite, ni igikorwa cyatangiranye n’imihigo ya 2020 – 2021 kikaba cyaratangijwe ku mugaragaro muri Nyakanga 2020, ubuyobozi bw’akarere bwemeza ko abaturage babyishimiye nk’uko Meya Ndayambaje akomeza abivuga.

    Ati “Icyo twabonye ni uko abaturage bishimye kubera ko ari serivise itabasaba kujya kuyishaka, ni serivise navuga yabegerejwe aho umuturage aza kugurisha igitoki cye ku isoko akavuga ati mbere y’uko ntaha reka njye kwipimisha ubwo nta mafaranga binsaba. Wabonaga babyishimiye ahubwo tukagira benshi kurenza ubushobozi twateganyije kuri buri site”.

    Meya Ndayambaje akurikirana igikorwa cyo gupima abaturage
    Meya Ndayambaje akurikirana igikorwa cyo gupima abaturage

    Karerangabo Félicien, umwe mu baturage bahawe iyo serivise yagize ati “Kudupima ngo tumenye uko duhagaze ni ikigaragaza ko abayobozi bacu bahora baduhangayikiye bashaka icyatuma tugira ubuzima bwiza. Natwe turi kubumvira tukipimisha nta mananiza kuko ni inyungu kuri twe no ku buzima bwacu”.

    Mugenzi we ati “Basanze ubuzima bwanjye bumeze neza, ubu nizeye ko ndi muzima, niyo mpamvu nasaba n’abandi bataripimisha kubyitabira kuko nta kintu kibaho kiruta ubuzima”.

    Mu ntego akarere ka Gicumbi kihaye, ni uko ukwezi kwa Werurwe 2021 kurangira umuhigo wamaze kweswa neza nk’uko bawuhize.


    source https://www.kigalitoday.com/ubuzima/indwara/article/gicumbi-buri-muturage-uremye-isoko-ataha-azi-uko-ubuzima-bwe-buhagaze

  • Stacey Abrams washyigikiye cyane Joe Biden ashobora guhabwa Igihembo cy’Amahoro #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Stacey Yvonne Abrams yigaragaje cyane mu matora ya Leta zunze Ubumwe za Amerika ashyigikiye Joe Biden
    Stacey Yvonne Abrams yigaragaje cyane mu matora ya Leta zunze Ubumwe za Amerika ashyigikiye Joe Biden

    Stacey Abrams ubu ufite imyaka 47 y’amavuko, yahoze ari umudepite wo muri Leta ya Georgia, ubu akaba ari umuyoboke ukomeye mu ishyaka ry’Abademokarate.

    Mu gihe cy’amatora aheruka muri Amerika, Stacey yakoze ubukangurambaga bukomeye muri Leta ya Georgia, ituwe n’abantu bagera kuri miliyoni icumi, abona abitabira amatora bashya bagera ku bihumbi magana atanu ( 500.000). Benshi mu batuye muri Leta ya Georgia, bivugwa ko bafite ibikomere byinshi byatewe n’ivangura rishingiye ku ruhu, kandi ntibarigera batora na rimwe umukandida uturuka mu ishyaka ry’Abademokarate uhereye ku gihe cya Bill Clinton mu 1992. Byongeye kubaho batora Joe Biden kandi uruhare rukomeye kugira ngo bamutore ngo rwagizwe na Stacey Abrams.

    Ubwo bwitange bwe mu matora bwatumye ahabwa amazina ajyana n’ibikorwa bye, bamwe bamwita Intwari (héroïne), umugore ufite ubushobozi burenze (superwoman), abandi bamwita impirimbanyi n’ibindi. Ni aho byavuye ashyirwa ku rutonde rw’abashobora guhabwa Igihembo cy’Amahoro cyitiriwe Nobel (le prix Nobel de la paix), ashyigikiwe cyane n’umuryango urwanya ivangura rishingiye ku bwoko wiswe ‘Black Lives Matter’.

    Stacey Abrams yize muri Kaminuza ya Yale abona impamyabushobozi mu bijyanye n’amategeko mu 1999.Nyuma yabaye umudepite mu nteko ishinga amategeko ya Georgia mu gihe cy’imyaka icumi(10).

    Yahagarariye abademokarate muri iyo Leta hagati y’umwaka wa 2011-2017.Mu 2018 yiyamamarije kuba Guverineri w’iyo Leta,aratsindwa,ariko aba abaye umugore w’umwirabura wa mbere wiyamamarije kuri uwo mwanya muri Leta zunze ubumwe za Amerika.

    Uretse kuba Umunyapolitike, Stacey Abrams ni umwanditsi w’inkuru ndende(romans), akaba yarazisohoye yitije izina rya Selena Montgomery, guhera mu 2001 amaze kwandika no gusohora inkuru ndende zigera ku munani.
    Stacey Abrams ni ingaragu, nta bana afite, akunda indirimbo zo mu njyana ya ‘Hip-Hop’no gukora ingendo hirya no hino ku isi agamije kureba uko hameze.

    Stacey Abrams ngo akunzwe n’abaturage cyane, ku buryo hari n’abavuga ko ashobora kuzaba Perezida wa Amerika mu gihe kizaza. Kuba Stacey Abrams yaraharaniye uburenzira bw’abatora muri Leta ye, akaba ari n’umunyapolitiki ushoboye, biri mu byatumye ashyirwa ku ruhande rw’abashobora kubona Igihembo cy’mahoro kitiriwe Nobel.

    Lars Haltbrekken, Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko ya Norvège, ku wa mbere tariki 1 Gashyantare 2021, yavuze ko yashyize Stacey Abrams ku rutonde rw’abashobora guhabwa Igihembo cy’Amahoro cyitiriwe Nobel, kubera ko ubukangurambaga budahutaza bwagize uruhare rukomeye mu kuzamura umubare w’abatora mu matora y’Umukuru w’Igihugu aheruka muri Amerika.

    Aganira na Reuters, yagize ati “Igikorwa cya Abrams kijyanye n’icya Dr. Martin Luther King Jr, mu kurwanya ubusumbane imbere y’amategeko no guharanira uburenganzira buri muntu yemererwa n’amategeko.

    Si ibintu bitangaje kubona abantu amagana ku rutonde rw’abashobora kubona Igihembo cy’Amahoro cyitiriwe Nobel. Urutonde rutangazwa mu kwezi k’Ukwakira. Komite ya Norvège ishinzwe ibijyanye n’igihembo cyitiriwe Nobel ifite icyicaro i Oslo mu murwa mukuru wa Norvège, izatangaza urutonde rw’agateganyo (a short list of finalists) muri Werurwe.


    source https://www.kigalitoday.com/umutekano/hanze-y-igihugu/article/stacey-abrams-washyigikiye-cyane-joe-biden-ashobora-guhabwa-igihembo-cy-amahoro

  • FIFA yategetse AFC Leopards kwishyura Habamahoro Vincent Miliyoni zisaga 15 Frws #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Umunyarwanda Habamahoro Vincent kuri ubu ukinira ikipe ya Kiyovu Sports, akaba yaragiye muri AFC Leopards n’ubundi ari yo aturutsemo, yatsinze urubanza yarezemo iyi kipe bituma FIFA iyica amafaranga angana na Miliyoni 15.3 Frws

    Habamahoro Vincent agomba kwishyurwa asaga Miliyoni 15 Frws
    Habamahoro Vincent agomba kwishyurwa asaga Miliyoni 15 Frws

    Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku isi “FIFA” ryahise ritegeka iyi kipe yo muri Kenya guha Habamahoro Vincent ariya mafaranga bitarenze iminsi 45, itabyubahiriza igafatirwa ibindi bihano birimo kumara imyaka itatu itagura umukinnyi n’umwe.

    Iyi kipe ya AFC Leopards yaciwe amafaranga nyuma yo kutubahiriza ibyari bikubiye mu masezerano yagiranye n’iyi kipe, ahoy amaze amezi ane itamuhemba bigatuma anatandukana nayo mu Kuboza 2019.


    source https://www.kigalitoday.com/imikino-11/football/article/fifa-yategetse-afc-leopards-kwishyura-habamahoro-vincent-miliyoni-zisaga-15-frws

  • Abahinzi n’aborozi ntibazongera guhura n’ibihombo kubera ubwishingizi bw’ibihingwa n’amatungo. #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Gahunda yo gutanga ubwishingizi bw
    Gahunda yo gutanga ubwishingizi bw’ibihingwa irinda abahinzi kwikanga ikirere

    Mu mwaka wa 2019, ni bwo Leta yatangije gahunda y’ubwishingizi bw’ibihingwa n’amatungo mu gihugu hose. Kugeza ubu, abahinzi bamaze kwitabira iyo gahunda bafite ibihingwa biri ku buso bungana na Hegitari 22.831 buhinzeho ibirayi, ibigori, umuceri, urusenda n’imiteja.

    Ni mu gihe amatungo 47.806 agizwe n’inka, inkoko, n’ingurube, ari yo aborozi bamaze gushyira mu bwishingizi.

    Amani Claude, inka ze yoroye uko ari esheshatu yazitangiye ubwishingizi, akaba yarabitewe n’uko hari izindi enye zabanje gupfa, bimuviramo igihombo kuko atari yarigeze yitabira gahunda y’ubwishingizi bw’amatungo.

    Yagize ati: “Mu nka nari noroye mbere hari izapfuye zibyara, izindi zikarwara mu buryo butabaga busobanutse, byaba ngombwa ko nzibaga ngo nzigurishe, inka yari ifite agaciro k’ibihumbi 800 ntibandengereze ibihumbi 150. Napfushije inka enye, mbonye ndi guhomba cyane ni bwo niyemeje kujya ntanga ubwishingizi bw’izo nasigaranye”.

    Amani asanga ari bwo buryo bwonyine afitiye icyizere cy’uko nihagira indi nka ye igira ikibazo Leta yamushumbusha, bityo ntiyongere kugira igihombo nk’icyo yhuye na cyo.

    Aborozi bitabiriye iyi gahunda ntibazongera gusigara amaramasa mu gihe amatungo yaba agize ikibazo
    Aborozi bitabiriye iyi gahunda ntibazongera gusigara amaramasa mu gihe amatungo yaba agize ikibazo

    Mu bandi bitabiriye iyo gahunda, ni abagize itsinda ryitwa Umugisha bahinga ibirayi ku buso bwa Ha 7 bo mu Murenge wa Kinigi mu Karere ka Musanze, batanze ubwishingizi bw’ibyo bahinze.

    Nyiransabimana Philomina, umwe mu bahinzi bagize iryo tsinda yagize ati: “Twarahingaga hakaba ubwo ibiza bitewe n’imvura cyangwa izuba ryinshi byangiza imyaka yacu. Icyo gihe twasigaranaga ibihombo, ntitubone n’uko twishyura inguzanyo twabaga twarafashe mu ma banki, bituma dutekereza uburyo bwo gushinganisha imyaka duhinga. Duteganya ko nibyongera kubaho, bizasanga dufite aho tubariza ku buryo ubu ntacyo turimo kwikanga ku musaruro”.

    Muri iyi gahunda y’ubwishingizi umuhinzi cyangwa umworozi yishyura 60% by’ikiguzi cy’ubwishingizi, Leta igatanga nkunganire ya 40%. Ikigamijwe ni ugushyira mu bikorwa gahunda ya Guverinoma y’imyaka irindwi, ishyize imbere kuvugurura ubuhinzi n’ubworozi ngo burusheho kuzamura ababukora.

    Umuyobozi ukuriye gahunda y’ubwishingizi bw’ibihingwa n’amatungo muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi Museruka Joseph, avuga ko amahinzi bitabiriye ubwishingizi bw’ibihingwa batikanga ihinduka ry’ikirere.

    Ati “Icya mbere ni uko abahinzi bitabiriye gushyira ibihingwa byabo mu bwishingizi batacyikanga ko ikirere gitanga imvura cyangwa izuba ry’umurengera byangiza ibihingwa. Umusaruro uvamo ni uko bakora ubuhinzi bubahagije kandi bunasagurira amasoko”.

    Arongera ati: “Indi nyungu ni uko noneho bya bigo by’imari n’amabanki, bitagitinya gukorana n’abahinzi mu buryo bwo kubaha inguzanyo, kuko biba byizeye ko nta bindi bihombo biterwa n’ibiza bikiba ku bahinzi n’aborozi bitabiriye gahunda y’ubwishingizi”.

    Imibare ya Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi igaragaza ko Ibigo by’ubwishingizi bimaze kwishyura abahinzi bahuye n’ibiza Amafaranga y’u Rwanda asaga miliyoni 397, naho mu bworozi by’umwihariko bw’inka, ibigo by’ubwishingizi bimaze gushumbusha aborozi asaga miliyoni 144 z’Amafaranga y’u Rwanda.

    Uretse kuba abahinzi n’aborozi bishyurwa ibihombo biba byatewe n’ibiza byangiza ibihingwa, impanuka cyangwa indwara zibasira amatungo babikizwa no kuba barabitangiye ubwishingizi.

    Hakenewe ko n
    Hakenewe ko n’abateganyiriza urusenda biyongera

    Iyo gahunda yanatumye bamwe bakora indi mishinga ishamikiye ku buhinzi n’ubworozi babikesha inguzanyo batse mu mabanki n’ibigo by’imari nyuma yo gutanga ingwate z’ibyo bishyuriye ubwishingizi.

    Icyakora Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi itangaza ko hagikenewe kongera imbaraga mu bukangurambaga bukorwa n’inzego z’ibanze n’abafatanyabikorwa, kugira ngo abitabira gahunda yo gutanga ubwishingizi bw’amatungo y’inkoko n’ingurube, ndetse n’ibihingwa nk’imiteja n’urusenda biyongere kuko bakiri bacye.


    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/abahinzi-n-aborozi-ntibazongera-guhura-n-ibihombo-kubera-ubwishingizi-bw-ibihingwa-n-amatungo

  • Ambasaderi Kalisa yatanze kopi z’impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri Algeria – #rwanda #RwOT

    Minisitiri Sabri Boukadoum yakiriye Ambasaderi Kalisa kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 2 Gashyantare 2021.

    Aba bombi baganiriye ku ngingo zitandukanye zigamije kwagura umubano hagati y’u Rwanda na Algeria, ariko hibandwa cyane ku masezerano y’imikoranire.

    U Rwanda na Algeria bisanganywe umubano mwiza watangiye mu 1978. Ibihugu byombi bihuriye mu miryango irimo Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU), Ihuriro ry’Ibihugu bya Afurika rigamije Ubufatanye mu Iterambere (NEPAD), Loni n’Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu bikoresha Ururimi rw’Igifaransa, OIF.

    Algeria iri mu bihugu bya mbere byashyize umukono ku masezerano ashyiraho Isoko rusange rya Afurika (AFCTA) yasinyiwe mu Mujyi wa Kigali muri Werurwe 2018.

    Umubano kandi wahamye birushijeho binyuze mu ngendo z’abayobozi bo ku mpande zombi.

    Perezida Kagame yagiriye uruzinduko rw’akazi muri Algeria muri Mata 2015 ndetse Mushikiwabo Louise wari Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga yasuye iki gihugu mu 2014.

    Mu 2016, ubwo habaga Inama Mpuzamahanga ya Gatanu yitiriwe Kigali (5th Kigali International Conference Declaration (KICD) yabereye mu Mujyi wa Algiers, Madamu Jeannette Kagame, yahawe igihembo cyo kuba indashyikirwa mu kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina no guteza imbere umugore n’umukobwa kubera ibikorwa bya Imbuto Foundation.

    Algeria n’u Rwanda binafitanye imikoranire mu bijyanye n’umutekano ndetse n’uburezi kuko hari abanyeshuri bava mu rwa Gasabo bajya kuhiga. Mu mwaka w’amashuri wa 2016/2017, Algeria yabahaye buruse 25 u Rwanda.

    Algeria ihagarariwe na Chargé d’Affaires ufite Icyicaro mu Mujyi wa Kigali kuva mu Ugushyingo 2019.

    Kuva mu 1982, u Rwanda na Algeria byasinye amasezerano atandukanye arimo ajyanye n’ubukungu, imibereho myiza y’abaturage; ayo gusangira ubunararibonye mu by’umuco ndetse n’imikoranire n’ayandi.

    Ibihugu byombi byanemeranyije kongera imbaraga zihariye mu bijyanye n’ubuzima, ubucuruzi, ishoramari, umutekano n’uburezi.

    Ambasaderi Kalisa asanzwe ahagarariye u Rwanda mu bihugu birimo Misiri, Algeria ndetse aheruka gutanga impapuro zimuhesha uburenganzira bwo guhagararira u Rwanda muri Libya.

    Ambasaderi Alfred Gakuba Kalisa yashyikirije Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Algeria, Sabri Boukadoum, kopi z’impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri icyo gihugu

    Minisitiri Sabri Boukadoum yakiriye Ambasaderi Kalisa kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 2 Gashyantare 2021

    Bombi bagiranye ibiganiro bigaruka ku mubano mwiza usanzwe hagati y’ibihugu byombi

    source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/ambasaderi-kalisa-yatanze-kopi-z-impapuro-zimwemerera-guhagararira-u-rwanda-146779

  • Guma mu Rugo: Isomo rikomeye ku baryaga ari uko bakoze – #rwanda #RwOT

    Ku wa 18 Mutarama ni bwo Inama y’Abaminisitiri yafashe umwanzuro wo gushyiraho gahunda ya Guma mu Rugo mu Mujyi wa Kigali mu rwego rwo kugabanya ubwandu bwa Coronavirus bwari bukomeje kwiyongera muri uyu murwa mukuru w’u Rwanda, icyemezo cyanaje kongerwaho icyumweru n’Inama y’Abaminisitiri mu Ijoro ryakeye.

    Izi ngamba zituma abantu benshi batakaza imirimo, barimo cyane cyane abakora imirimo idafite amasezerano, bazwi nka ba nyakabyizi. Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR), yagaragaje ko habayeho ukwiyongera kw’abantu badafite akazi muri Gicurasi umwaka ushize, ubwo hari hashize igihe gito Guma mu Rugo ya mbere irangiye, ibi bigasobanura ko n’ubundi nyuma ya Guma mu Rugo ya kabiri mu Mujyi wa Kigali, imibare y’abadafite akazi ishobora kuzakomeza kwiyongera.

    NISR yavuze ko muri Gicurasi umwaka ushize, umubare w’abantu bari hejuru y’imyaka 16 bafite akazi bari 4.104.303, bingana na 55,2% by’abantu bose bari ku isoko ry’umurimo. Mu gihe Abashomeri bari biyongereyeho abantu 368.484.

    Ubwo kuri uyu wa 2 Gashyantare 2021, mu Murenge wa Remera, mu kagari ka Rukiri ya Kabiri habaga igikorwa cyo gutanga ibiribwa ku bagizweho ingaruka na Coronavirus, abaganiriye na IGIHE bavuze ko Guma mu Rugo ibasigiye amasomo akomeye arimo n’iryo kwiga umuco wo kwizigama.

    Mugabo Yassin ufite umuryango w’abantu batatu, mbere ya Guma Rugo yari asanzwe atunzwe n’akazi ko gutwara abantu kuri moto, yavuze ko Guma mu Rugo yabagizeho ingaruka zikomeye, ariko ko bakuyemo amasomo akomeye.

    Ati ”Tumaze ibyumweru bibiri turi mu rugo, urabona ko ubuzima bw’iki gihe buba bugoye, turya ari uko twasohotse, iyo ugiye rero mu buzima butuma udasohoka urumva umuryango uba ufite ikibazo”.

    Yakomeje agira ati ”Isomo nkuyemo rinakomeye, ni ukumenya kurya duke utundi nkatuzigama. Niba nabonye amafaranga 500 Frw nkamenya ko nizigama 200 Frw, naba nabonye 1000 Frw nkazigama 500 Frw . Irya kabiri ni ukumenya ababaye. N’ubwo bimeze bityo, birashobora kuba nari mbayeho mbabaye ariko hari ikindi byanyigishije cyo kumenya mugenzi wawe ubabaye”.

    Twagirimana Joseph nawe utuye muri aka Kagari, akaba ari mu bahawe ibiribwa, yabwiye IGIHE ko nawe bimusigiye isomo ryo kuba mu gihe cyose abonye amafaranga, agomba gutangira gutekereza uburyo azajya yizigama.

    Ati ”Isomo rikomeye cyane, ni uko twatangira gutegura kare ejo hazaza, ubu byadusigiye isomo ry’uko igihe cyose tubonye umushahara cyangwa ubushobozi bwose bubonetse, twagira uburyo twizigama kugira ngo dutegure ejo hazaza, ku buryo hagize ikindi kiba, twajya tuba tubyiteguye neza.”

    Umunyambanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Remera, Karamuzi Godfrey yabwiye IGIHE ko mu tugari tune turi mu murenge wa Remera twahawe ibiryo, abantu bagera ku 1 800 bamaze guhabwa ibiribwa mu baturage 4 365 bagize uyu Murenge. Yavuze ko babatoranyije hagendewe ku bababaye kurusha abandi.

    Muri rusange, abatuye mu Mujyi wa Kigali bagera ku bihumbi 72 babaruwe ko bagomba guhabwa ibiribwa kuko baryaga ari uko bakoze, kandi Guma mu Rugo ikaba yarahagaritse imirimo yabo.

    Abanyakigali bari guhabwa ibiribwa nyuma yaho bashyizwe muri Guma mu Rugo

    Ibiribwa bahabwa birimo ibishyimbo, umuceri na kawunga

    Karamuzi Godfrey yavuze ko abagera ku 1 800, mu tugari tune turi mu Murenge wa Remera bahawe ibiryo

    Mugabo Yassin yavuze ko Guma mu Rugo imusigiye isomo ryo kuba mu gihe cyose abonye amafaranga, agomba gutekereza uburyo bwo kwizigama

    Twagirimana Joseph yavuze ko Guma mu Rugo igiye gutuma bazajya bizigamira

    source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/guma-mu-rugo-isomo-rikomeye-ku-baryaga-ari-uko-bakoze

  • “So ntakwanga akwita nabi”, kuki ababyeyi bita abana babo amazina abatera ipfunwe? – #rwanda #RwOT

    Umuco gakondo w’Abanyarwanda wagiye kubihuhura uti “Izina ni ryo muntu” abakuru bo bati “Umugani ugana akariho.” Nyamara iyo uganiriye na bamwe bahawe ayo mazina cyangwa ukigenzurira hari ubwo usanga imyitwarire n’imigenzereze y’umuntu ntaho bihuriye n’izina rye.

    Ibyo hari ubwo usanga bituma nyir’izina rimutera ipfunwe mu bandi, ndeste hari n’ingero nyinshi zihari z’abahisemo kugana iy’ubutabera ngo bahindurirwe ayo mazina kuko bumvaga batanyuzwe nayo.

    Ubundi bigenda bite ngo amazina nk’ayo atera ba nyirayo ipfunwe bayitwe kandi baba bakiri abaziranenge batarasobanukirwa ibibera ku Isi?

    Abenshi mu babyeyi bita ayo mazina babikora bagendeye ku bihe barimo, uko babanye hagati yabo cyangwa uko babanye n’abaturanyi, ndetse hakaba n’ubwo bashingiye ku kigezweho.

    Urugero rwa hafi ni urw’uwitwa Demokarasi (wavutse hatangiye kuza ubuyobozi bubereye abaturage), Arusha (wavutse mu gihe cyo gusinya amasezerano y’i Arusha), Hajabakiga n’andi menshi umuntu atarondora ngo arangize.

    Kubera iterambere ryahinduye imyumvire ya benshi n’iyobokamana rishya mu gihugu, birasa n’aho amazina ayo atangiye kugenda akendera ku buryo ubu ababyeyi batakiyita abana babo cyane.

    Mu kiganiro IGIHE yagiranye n’ababyeyi batandukanye bafite imyaka isaga 80 y’amavuko, basobanuye zimwe mu mpamvu zatumaga ahanini abana bitwa amazina aninura, uko bayakiraga ndetse n’ingaruka mbi bibagiraho.

    Rurandemba François wo mu Karere ka Rubavu yavuze ko iryo zina yarihawe na se kubera ibibazo yakundaga guhura na byo byerekeranye n’urubyaro.

    Yagize ati “Data yabyaraga bapfa noneho nanjye mvutse ntiyizera ko nzabaho. Mbese yumvaga ko agiye kumbonaho by’igihe gito ubundi ngahita mpfa nk’abambanjirije. Niko kunyita Rurandemba, bisobanuye ngo “urupfu rurakunshuka” Ndimo kukubona by’akanya gato.”

    Yavuze ko we atigeze na rimwe aterwa ipfunwe n’iryo zina, ndetse ko atigeze yifuza kurihinduza. Ati “Ahubwo duhungutse batubajije ukeneye guhindura izina cyangwa imyaka ngo babimukorere, nsanga ntakwiye guhindura izina nahawe na data […] ibyo se biba bintwaye iki?”

    Bambuzimpamvu Aliada wo mu Karere ka Nyabihu, we asobanura ko izina yaryiswe kubera ko ababyeyi bari mu bihe bitari byiza n’abaturanyi, bashaka kubitambika bakabura aho bahera.

    Mu bana yabyaye, hari abo nawe yise amazina y’amaninurano. Nk’uwitwa Ndababonye, uwo mukecuru yasobanuye ko yahaye umwana we iri zina kubera amakimbirane yari afitanye n’umuturanyi we ubwo uwo mwana yavukaga.

    Ati “Isambu yacu yari nto, ariko kubera imiterere yayo ikagaragara nk’aho ari ubuso bunini, maze uwo mugabo n’undi wari hirya ye bakajya kutugambanira mu bayobozi ngo iyo sambu ni nini baze bayigabanye. Ubuyobozi bwaraje burapima birangira icyifuzo cyabo kitagezweho. Rero ni bwo nabyaye umwana muri iyo minsi mwita ‘Ndababonye.”

    Uko abo babyeyi basobanura, bigaragaza ko imibanire n’imibereho y’abantu ari yo yakunze gushingirwaho ahanini bitwa bene ayo mazina.

    Rurandemba yavuze ko hari n’umwana w’umuturanyi we witwaga “Baziragacucu” izina yiswe ngo bitewe n’ukuntu ababyeyi be babyaraga abana umuturanyi wabo akabaroga bakiri ibitambambuga.

    Hari kandi abana bagiye bitwa amazina abatera ipfunwe bivuye ku bwumvikane buke hagati y’ababyeyi babo, nk’aho wasangaga kubaka urukundo rwo mu gitanda hagati yabo bitagenda neza, babyara umwana umugabo ati tumwite “Mukagatare” ukurikiyeho umugore nawe akifuza ko yakwitwa “Ntakiyazana.”

    Aya mazina abangamira ba nyirayo

    Bamwe mu biswe n’ababyeyi babo amazina y’amagenurano bagiye bagaragaza ko batayishimiye, bigera n’aho mu bihe bitandukanye bamwe bitabaje inzira y’amategeko basaba kuyahinduza.

    Abahisemo kuyahinduza baganiye na IGIHE batashatse ko amazina yabo atangazwa, bavuze ko babitewe no kuba ari amazina usanga ahanini aganisha ku rwango, adahamagarira abantu kugira ubumwe n’ubwiyunge mu gihe haba hari ikibazo bafitenye.

    Umwe yagize ati “Ntabwo waba witwa Ndimubanzi, ngo nugirana amakimbirane n’abaturanyi bashishikarire kwiyunga nawe.”

    Na none kandi ngo iyo batekereje kuri ayo mazina cyangwa bakabaza ababyeyi babo ku nkomoko yayo, bituma biyumvisha ko abaturanyi babo batabifuriza icyiza, ibintu bishobora guhungabanya amahoro n’imibanire myiza mu muryango Nyarwanda.

    Iterambere no kujyana n’ibigezweho mu rubyiruko na byo byatumye abenshi mu bana bavuka muri iki gihe batemera bene ayo mazina, kuko urungano rwabo rubaseka cyangwa bakumva atabateye ishema mu bandi.

    Hari uwavuze ati “Ibaze nk’iyo mu bana mugendana hari abitwa Manzi, Mutsinzi, Gisa cyangwa Muhirwa, ugasanga wowe witwa Barakagira (akajinya)? Muri make wumva utari kumwe nabo, bikaba ngombwa ko urihinduza.”

    Uretse ba nyir’amazina batanezezwa nayo, ababyeyi na bo bemeza ko hari “izina ribi” ushobora kwita umwana rikamugiraho ingaruka mbi.

    Rurandemba yagize icyo avuga kuri iyi ngingo. Ati “Hari izina bakwita rikagukurikirana. Noneho ryamara kugukurikirana, rubanda bati reka bimubeho n’abamubyaye niko bamwise, nibo batumye bimuhama.”

    Ubukirisitu n’iterambere birashyira aya mazina ku iherezo

    Abo babyeyi basobanura ko imitekerereze mishya ijyanye n’iterambere ndetse n’iyobokamana ryimakaje umuco wa gikirisitu mu gihugu ryatumye abayoboke b’amadini bahindura imyumvire, bituma umubare w’ababyeyi bita abana amazina nk’ayo ugabanuka.

    Icyakora ntibiracika burundu kuko n’abemeramana hari amazina bacyita abana ukumva asa n’agenura. Urugero ni nka Sibomana, Niyibizi n’andi.

    Bambuzimpamvu yavuze ko aho abenshi mu Banyarwanda bayobokeye amadini ya kizungu, bamwe bahinduje amazina bahawe, ndetse n’abakibyara ntibongera kuyita.

    Ati ”Icyo gihe ntibasengaga ni yo mpamvu bitaga ayo mazina. Nyuma y’aho habaga ubwo tugeze mu rusengero tugiye gusenga ayo mazina bakayanga, bikaba ngombwa ko ahindurwa. No kwa muganga amazina nk’ayo ntibayemera.”

    Yavuze ko kuri ubu ababyeyi babyarira kwa muganga bagahita bandikisha amazina y’abana, uwise umwana we izina rininura bakanga kuryandika. Ibyo ngo bigira uruhare runini mu kurandura iyo myumvire yita ko ari iya kera.

    Yemeje ko ku bwe aramutse abyaye umwana ubu atakongera kumwita amazina nk’ayo atanashingiye ku kuba mu rusengero cyangwa kwa muganga batayakira.

    Ku rundi ruhande ariko hari ababyeyi batarahindura imyumvire ku buryo n’ubu bumva bakwita abana babo amazina aninura.

    Rurandemba yavuze ko muri iki gihe abaye afite uburenganzira busesuye ku mwana yabyara nk’uko byahoze idini cyangwa inzego za Leta zitarabimubuza yamwita uko ashaka.

    Nyuma yo kubona ko hari abahawe amazina atabanyuze bitewe n’amateka igihugu cyanyuzemo, Repubulika y’u Rwanda ubu yemerera buri muturage wese ubifitiye impamvu yumvikana kuba yahinduza izina rye.

    Ingingo ya 38 y’itegeko Nº 32/2016 ryo ku wa 28/08/2016 rigenga abantu n’umuryango ivuga ko “Umwana wese afite uburenganzira bwo kugira izina. Umubyeyi w’umwana cyangwa undi umufiteho ububasha bwa kibyeyi afite inshingano zo kumuhitiramo izina ashaka.”

    Ingingo ya 39 y’iryo tegeko irakomeza iti “Umwana ntashobora kwitwa amazina yose ya se, aya nyina cyangwa ay’abo bavukana. Izina ntirishobora gusesereza imigenzo myiza cyangwa ubunyangamugayo by’abantu.”

    Ingingo ya 42 iragira iti “Guhindura izina biri mu bubasha bwa Minisitiri ufite irangamimerere mu nshingano ze bisabwe na nyir’ukwitwa izina ufite imyaka y’ubukure. Iyo ataragira imyaka y’ubukure bikorwa n’ababyeyi be bombi cyangwa abandi bamufiteho ububasha bwa kibyeyi.”

    Gusaba guhindura izina byemerwa ku mpamvu zirimo kuba izina ritesha agaciro nyiraryo; kuba risesereza imyifatire mbonezabupfura cyangwa ubunyangamugayo bw’abantu; kuba hari undi ukoresha iryo zina ku buryo rishobora kumwangiriza icyubahiro cyangwa umutungo; n’indi mpamvu yose Minisitiri ufite irangamimerere mu nshingano ze yabona ko ifite ishingiro.

    Uburyo n’inzira bikurikizwa mu guhindura izina bishyirwaho n’iteka rya Minisitiri ufite irangamimerere mu nshingano ze.

    Bamwe mu babyeyi bavuga ko kwita umwana amazina nk’aya bishobora gutuma akurana ipfunwe

    source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/so-ntakwanga-akwita-nabi-kuki-ababyeyi-bita-abana-babo-amazina-abatera-ipfunwe