Tag: featured

  • U Rwanda mu nzira zo gukuraho umusoro ku bakozi bafite umushahara muto – #rwanda #RwOT

    Iri tegeko rigiye kuvugururwa ni iryo muri Mata 2018 rishyiraho imisoro ku musaruro. Rigiye kuvugururwa ku mpamvu zitandukanye zirimo no kugabanya uburemere bw’umusoro ucibwa abakozi bafite umushahara muto no guteza imbere umurimo.

    Iri tegeko ryari risanzwe ryagenaga ko abinjiza amafaranga atarenze ibihumbi 30.000Frw badacibwa umusoro ariko abinjiza 30.001 Frw kugeza kuri 100.000 Frw bakishyura umusoro wa 20% mu gihe abari hejuru y’uyu mushahara bacibwa umusoro wa 30%.

    Uyu mushinga w’itegeko ugena kandi ko ’umusaruro w’umwaka usoreshwa ungana na 720 000 Frw aho kuba 360 000 Frw yari asanzweho kandi ugashyiraho igabanywa ry’igipimo cy’umusoro mu gihe cy’imyaka ibiri’.

    Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi, Tusabe Richard yavuze ko iki cyemezo gikwiye kuko amafaranga agenda agabanuka mu gaciro.

    Ati “Ibihumbi 30 Frw ku kwezi cyangwa ibihumbi 360 Frw ku mwaka byashyizweho kuva mu 2005. Imyaka 15 irashize mu gihe ifaranga ryacu rigenda rigabanuka mu gaciro, twasanze igihe kigeze ngo tuzamure tugeze ku bihumbi 60 Frw ku kwezi.”

    Yavuze ko amavugurura nk’aya byaba byiza agiye akorwa buri nyuma y’imyaka itanu.

    Nubwo bimeze gutyo ariko hari abagize Inteko Ishinga Amategeko barimo na Frank Habineza bagaragaje ko n’ubundi uyu mushahara ukiri muto ku buryo utagakwiriye kuba ari wo uherwaho mu gusaba imisoro.

    Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda yatoye umushinga w’Itegeko wo kuvugurura itegeko rishyiraho imisoro ku musaruro

    source : https://ift.tt/3kwmLM8

  • Isomo ry’ubuzima bwo mu mutwe ryatangijwe mu mashuri arenga 800 – #rwanda #RwOT

    Itangira ry’ayo masomo ryagizwemo uruhare na Minisiteri y’Ubuzima ku bufatanye n’iy’Uburezi.

    Binyuze muri ayo masomo, abahanga mu by’imitekerereze ya muntu bajya mu mashuri kugira ngo bigishe abanyeshuri ibijyanye n’ibibazo byo mu mutwe banabashishikarize gushaka ubufasha mu gihe baba bahuye na byo. Abarimu bo bahabwa amahugurwa y’uburyo bamenya umunyeshuri ufite ibyo bibazo.

    Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurirashamibare igaragaza ko 10,2% by’abafite imyaka 14 kugera kuri 18 baba bafite ibibazo byo mu mutwe. Ikindi ni uko umubare munini w’ibyo bibazo usanga ababifite babihera mu buto bwabo kugeza bakuze.

    Iyi gahunda yo gutanga amasomo ku buzima bwo mu mutwe yatangijwe nk’uburyo bumwe bwo kurwanya ibyo bibazo bihereye mu bakiri bato nk’uko byemejwe na Emmanuel Hakomeza, Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima ushinzwe kwita ku rubyiruko.

    Aganira na The NewTimes dukesha iyi nkuru, Hakomeza yavuze ko iyi gahunda izagira uruhare rukomeye mu kurwanya indwara zo mu mutwe mu mashuri ikoreramo.

    Ati “Binyuze muri iyi gahunda, twabashije kumenya ibimenyetso byo kwiheba, umujinya mwinshi, imyitwarire ishobora kugeza ku kwiyahura, gukoresha ibiyobyabwenge hanyuma ubifite tukamwohereza ku kigo nderabuzima kugira ngo akomeze gukurikiranwa n’abahanga.”

    Yakomeje avuga kandi ko abanyeshuri n’abarimu bigishwa gufashanya, ibijyanye n’ubuzima bw’imyororokere no kurwanya kuba imbata y’ibikorwa bimwe na bimwe hamwe no kurwanya ipfunwe riterwa n’ibibazo byo mu mutwe.

    Intego ni uko iyi gahunda igera mu mashuri yo mu gihugu hose no gukomeza kugenzura ko aho yatangirijwe ikomeza kubahirizwa.


    source : https://ift.tt/3qxQB6A

  • Agakoresho kambarwa ku ishati kagasimbura agapfukamunwa kamaganywe mu Rwanda – #rwanda #RwOT

    Iyo utambagiye mu Mujyi wa Kigali, ntibwakwira udahuye n’umuntu wambaye ako gakoresho, nta gapfukamunwa yambaye. Iyo hagize uwo ubaza impamvu atakambaye, akubwira ko ako gakoresho gakora umurimo umwe nako.

    Urubuga rwa internet rw’ikigo gikora ako gakoresho ruvuga ko gatuma umuntu ahorana isuku bitewe na dioxyde de chlorure gakoranye.

    Ngo ituma kica udukoko ku buryo ubushobozi bwako buba bukubye kabiri ubw’indi miti isanzwe yica udukoko. Nta bushakashatsi bwizewe buhari bugaragaza uburyo gashobora gufasha umuntu kwica virus itera Covid-19.

    Rwanda FDA yamenyesheje Abaturarwanda bose ko ako gakoresho katigeze kemezwa n’ikigo kibifitiye ububasha mu Rwanda, cyangwa n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe Ubuzima ku Isi (OMS) mu kurinda no gukumira ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID-19.

    Iti “Rwanda FDA ntiyigeze itanga uburenganira bwo kwinjiza cyangwa gucuruza ku isoko ry’u Rwanda ako gakoresho kitwa “Air Doctor Portable”. Nta nubwo Rwanda FDA yigeze isuzuma ngo yandike ako gakoresho mu kugakoresha hagamijwe gukumira ikwirakwira ry’ icyorezo cya COVID-19.”

    Ku Isi hose, udukoresho twambarwa twifashishwa mu kwirinda Covid-19 ni udupfukamunwa.

    Aka gakoresho kamaganywe ku isoko ry’u Rwanda

    source : https://ift.tt/31VL8fQ

  • Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda yasohoye ibiciro ntarengwa by’ibirayi – #rwanda #RwOT

    Ni mu itangazo rya Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda ryagiye hanze kuri uyu wa 11 Ugushyingo, aho amenyesha abantu bose ko guhera ku itariki ya 12 Ugushyingo 2021, ibiciro cy’ibirayi ku musaruro w’igihembwe cya 2022 A.

    Nk’uko bigaragara muri iri tangazo igiciro cy’ibirayi bya Kinigi ku muguzi wa nyuma ntikigomba kujya hasi y’amafaranga 300 Frw. Ibirayi bya Kuruseke bigomba kugura amafaranga 255Frw.

    Ubwoko bwa Kirundo bigomba kugura 260 Frw, Rwagume/Rwamashaki na Nyirakarayi 240 Frw naho ubwa Peko bukagura 230Frw.

    Perezida wa Koperative y’abahinzi b’ibirayi mu Murenge wa Busasamana, Kanyesoko Pierre Celestin, yavuze ko bishimiye ibi biciro ariko bagomba gufata ingamba mu gucunga umusaruro.

    Ati “Reta yadufashije kuko ubu nka hano Busasamana duhinga Peko yari igeze ku mafaranga 120 none bayishyize kuri 230, urumva ko hiyongereyeho arenga 100. Turashima leta ubu igisigaye ni ugucungana n’umusaruro kuko nukomeza kuba mwinshi igiciro kizagwa byaba bicye kikazamuka.”

    Muri iri tangazo Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda yibukije abanyarwanda ko umusaruro wose w’ibirayi ugomba gucuruzwa unyujijwe ku makusanyirizo yashyizweho muri buri Karere gahinga ibirayi.

    Buri modoka yose itwaye umusaruro w’ibirayi ngo igomba kwitwaza ibyangombwa bigaragaza koperative umusaruro waturutsemo kandi izijyana umusaruro mu mujyi wa Kigali ziwuvanye mu Ntara y’Iburengerazuba n’Amajyaruguru zishobora kuwunyuza mu isoko rirangurizwamo imyaka riherereye mu Nzove cyangwa zikawerekeza ku yandi masoko aho abaguzi baherereye.

    Abahinzi bibukijwe ko amakusanyirizo yose agomba gukoresha iminzani yujuje ubuziranenge kandi inzego z’ibanze zikagira uruhare rufatika mu kugenzura ko byubahirizwa.

    Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda yashyizeho ibiciro ntarengwa by’ibirayi

    source : https://ift.tt/3kwc8Je

  • Ndagijimana Juvenal, umwuzukuru wa Rukara rwa Bishingwe yitabye Imana – #rwanda #RwOT

    Uyu mugabo yari atuye mu Murenge wa Gahunga mu Karere ka Burera, akaba yaramenyekanye mu buhanzi bw’indirimbo zitandukanye yakoraga mu Itorero Uruyenzi yari yarashinze no mu Rukerereza.

    Amakuru y’urupfu rwe yamenyekanye mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 12 Ugushyingo 2021. Yaguye kwa muganga nyuma yo kujyanwayo arembye.

    Ndagijimana yamenyekanye mu birori bitandukanye birimo ibyo Kwita Izina abana b’ingagi, iby’amaserukiramuco, Kwibohora n’ibindi.

    Asize umugore n’umwana umwe w’umukobwa uririmba mu Itorero Inganzo Ngari. Yari umwe mu buzukuru ba Rukara rwa Bishingwe mu muryango ubarurwamo abagera kuri 800.

    Ndagijimana Juvenal yitabye Imana ku myaka 59

    source : https://ift.tt/3C9PNr0

  • Jambojet yahagaritse gahunda yo gusubukura ingendo z’i Kigali – #rwanda #RwOT

    Umuyobozi wa Jambojet, Ndegwa Karanja, yatangaje ko iyi sosiyete nta gahunda ifite yo gusubukura ingendo muri ibyo byerekezo mu gihe cya vuba kubera uburyo umubare w’abagenzi wagabanutse.

    Ati “Ntabwo twakwifuza kujya ku isoko ryuzuyeho amabwiriza akomeye y’ingendo nk’ay’i Entebbe no mu Rwanda. Ibyo bihugu byombi biracyafite amabwiriza akaze y’ingendo ajyanye no kurwanya Covid-19.”

    Ibi binajyana n’amabwiriza akomeye yo kwirinda Covid-19 yashyizweho muri ibyo bihugu yatumye benshi baba basubitse ingendo.

    Sosiyete nyinshi zatangiye kugabanya umubare w’ingendo zikora aho nka Kenya Airways yawukuye kuri 12 mu cyumweru muri ibyo byerekezo byombi ikawugeza ku icyenda.

    Jambojet ntiteganya gusubukura ingendo zayo mu Rwanda mu gihe cya vuba

    source : https://ift.tt/3olb105

  • Cyuma wa Ishema TV yatawe muri yombi nyuma yo gukatirwa igifungo – #rwanda #RwOT

    Uyu musore ufite Shene ya Youtube yitwa Ishema TV, yakatiwe igihano cyo gufungwa imyaka irindwi n’ihazabu ya miliyoni 5 Frw.

    Umwanzuro w’Urukiko wasomwe ku wa Kane tariki 11 Ugushyingo 2021, ko ahamwa n’icyaha cyo gukora no gukoresha inyandiko mpimbano, icyo kwiyitirira umwuga, icyo kubangamira ishyirwa mu bikorwa ry’imirimo y’ubutegetsi n’icyo gukoza isoni abayobozi b’igihugu n’abashinzwe umurimo rusange w’igihugu.

    Akimara gukatirwa, Umucamanza Murerehe Saouda yahise ategeka ko atabwa muri yombi ako kanya agafungwa.

    Inzego z’umutekano zahise zijya kumuta muri yombi mu rugo rwe, ziramufunga aho ubu ziri muri gahunda yo kumushyikiriza Gereza ya Mageragere.

    Ibyaha yahamijwe byakozwe ku wa 15 Mata 2020 ubwo yangaga kumvira inzego z’umutekano zari zimusabye kubahiriza amabwiriza yo kwirinda Covid-19.

    Niyonsenga Dieudonné uzwi nka Cyuma Hassan agiye gufungirwa i Mageragere

    source : https://ift.tt/30hX9fd

  • Amanota y’abakoze ibizamini bisoza amashuri yisumbuye agiye gutangazwa – #rwanda #RwOT

    Amakuru yatanzwe na Mineduc avuga ko aya manota azajya hanze ku wa Mbere tariki 15 Ugushyingo 2021.

    Amanota agiye kujya hanze ni ay’abanyeshuri bakoze ibizamini bya Leta mu mwaka w’amashuri wa 2020/2021 bagera ku 52.145 barimo abahungu 22.894 n’abakobwa 26.892.

    Amanota y’abakoze ibizamini bya Leta bisoza umwaka wa 6 w’amashuri yisumbuye agiye kujya hanze akurikira ay’abo mu cyiciro rusange cy’amashuri abanza n’ay’abo mu mashuri banze yatangajwe mu Ukwakira 2021.

    MINEDUC iramenyesha abanyeshuri, ababyeyi n’Abaturarwanda muri rusange ko izatangaza amanota y’abanyeshuri bakoze ibizamini bya Leta bisoza umwaka wa 6 w’amashuri yisumbuye, uwa 3 w’amashuri nderabarezi n’uwa 5 (L5) w’amashuri y’imyuga n’ubumenyingiro tariki 15/11/2021 saa 14:00.

    — Ministry of Education | Rwanda (@Rwanda_Edu) November 12, 2021

    Amanota y’abakoze ibizamini bya Leta bisoza umwaka wa 6 w’amashuri yisumbuye agiye gutangazwa

    source : https://ift.tt/3n7Icom

  • Kwishyurana hakoreshejwe ikoranabuhanga byagabanutseho Miliyari eshatu – BNR #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ubwo icyorezo cya Covid-19 cyakwirakwiraga cyane mu gihugu, Leta y’u Rwanda yasabye ibigo by’itumanaho na Banki gukuraho ikiguzi iyo abantu bishyura bahererekanyije amafaranga nka telefone.

    Icyo gihe umubare w’abantu bakoreshaje ubwo buryo warazamutse cyane ndetse n’amafaranga ahererekanywa ariyongera.

    Muri Nzeri 2020, MTN yongeye gusubizaho icyo kiguzi ku bahererekanya amafaranga bishyurana aho ku mafaranga y’u Rwanda arenga 4,000 umuntu yohereje akatwaho 0.5%.

    Mu gihe abantu bavuga ko iki kiguzi ari amafaranga menshi, MTN yo ivuga ko ari macye kuko mbere y’icyorezo cya Covid-19 yajyaga ikata 1%.

    Kuva iki kiguzi cyajyaho, BNR ivuga ko muri Kanama 2020 abakoreshaga uburyo bwo kwishyurana hakoreshejwe ikoranabuhanga bishyuranye Amafaranga y’u Rwanda Miliyari 5.6 na ho mu kwezi k’Ukwakira 2020 hamaze gusubizwaho icyo kiguzi bahererekanya Miliyari 2.5.

    Banki Nkuru y’Igihugu ikavuga ko hakenewe ubukangurambaga bwo gushishikariza abantu kwitabira uburyo bwo guhererekanya amafaranga hifashishijwe ikoranabuhanga.

    Ivuga ko kwishyurana mu ntoki harimo ingaruka mbi nyinshi zirimo kwanduzanya indwara no gutuma amafaranga asaza bigasaba Leta gutanga andi kugira ngo hakorwe asimbura ayashaje.

    source : https://ift.tt/3c6ZsDW

  • Tayson wakiniraga UTB yamaze kwerekeza muri Gisagara VC #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Tyson yerekeje muri Gisagara VC
    Tyson yerekeje muri Gisagara VC

    Niyogisubizo Samuel yageze muri kaminuza y’Ubucyerarugendo Inkoranabuhanga n’ubucuruzi (UTB) mu kwezi k’Ukwakira 2018 avuye mu ikipe ya Kirehe Volleyball na Kigali Volleyball Club.

    Yanafashije mu irushanwa rya EALASCA (East Africa Local Authorities, Sports and Culture Associations) ryabereye i Kigali muri 2015, nyuma yo gutsinda Nairobi amaseti 3-1. Tyson yakomeje gufasha ikipe ye ya UTB kuko yaje no kuyifasha kwegukana igikombe kibanziriza shampiyona (Preseason 2018-2019) anaba umukinnyi wahize abandi (MVP).

    Tyson wikinaga umupira w’amaguru mu buto bwe cyane ko yigeze no guhagararira ikigo cya Rurenge Protesters mu marushanwa y’urubyiruko (Youth Championship), avuga ko umukinnyi afataho ikitegererezo muri Volleyball ari Nsabimana Eric bakunda kwita Machine, ubu akaba ari Vice President muri federasiyo ya volleyball.

    Niyogisubizo yerekeje muri Gisagara Volleyball Club ku masezerano ye habura umwaka umwe gusa, ikipe ye (yakinagamo UTB VC) ikaba yari imaze gusenyuka nyuma y’uko babwiwe n’ubuyobozi bw’iyo Kaminuza ko itazongera kubaho ukundi kubera ikibazo cy’ubukungu.

    Nta gihindutse Tyson ukunzwe na benshi mu Rwanda azakinira umukino we wa mbere iyo kipe yo mu Majyepfo y’u Rwanda mu irushanwa ry’umusoreshwa mwiza (Best taxpayer) riteganyijwe ku italiki ya 27-28 ugushyingo uyu mwaka, mbere y’uko bakina Gisagara Tournament iteganyijwe mu ntangiriro z’Ukuboza.

    source : https://ift.tt/3n7ji8h