Tag: featured

  • Akarere ka Gisagara kongeye kuza imbere mu kwitabira gutanga mituweli – #rwanda #RwOT

    RSSB ibinyujije kuri Twitter, yagagaraje ko kuva umwaka wa mituweli watangira ku tariki ya 1 Nyakanga 2021 kugeza ku ya 10 Ugushyingo 2021, Akarere ka Gisagara ari ko kari ku isonga mu kugira abaturage bitabiriye ku bwinshi kuko kageze kuri 95,1%.

    Yagize iti “Uturere dutanu twa mbere mu kwishyura Mituweli ya 2021/22 ku mwanya wa mbere hari Gisagara igeze kuri 95,1% akarere ka kabiri ni Gakenke igeze kuri 94% aka gatatu ni Nyaruguru igeze kuri 92,3% ; aka kane ni Gicumbi ifite 91,2% naho aka gatanu ni Ruhango iri kuri 89,4%.”

    Yakomeje itangaza ko Intara y’Amajyepfo ari yo iri imbere y’izindi mu kugira abaturage bitabiriye gutanga mituweli ya 2021/22 kuko iri kuri 87,9 %, ku mwanya wa kabiri hakaza Amajyaruguru ageze kuri 86,5 % agakurikirwa n’Uburasirazuba bugeze kuri 82,9 % ku mwanya wa kane hakaza Uburengerazuba buri kuri 81,1 % naho Umujyi wa Kigali ukaza ku mwanya wa nyuma na 68,3%.

    Mu buhamya bwa bamwe mu baturage batuye mu mirenge yarangije kwishyura mituweli ya 2021/22 ku kigero cya 100, babwiye IGIHE ko basigaye bibwiriza kwishyura kuko bazi ibyiza byayo.

    Bamurange Julienne wo mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara ati “Ubu namenye ibyiza bya mituweli kuko nsigaye nyitanga mu ba mbere, nta mwana wanjye ushobora kurembera mu rugo”

    Bizimana Joseph, wo mu Murenge wa Kansi yabwiye IGIHE ko yishyurira abantu batandatu bagize umuryango we kandi yamaze kumenya ibyiza by’ubwisungane mu kwivuza ari yo mpamvu yihutira kwishyura hakiri kare.

    Ati “Mituweli ni nziza kuko iyo umuntu arwaye yivuza neza bitamuhenze. Twebwe mu kimina cyacu dukoreramo turi abantu 30 ku buryo n’utayafite tumugiriza ariko twese tukabanza kwishyura mituweli tugashinganisha ubuzima bwacu.”

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kansi mu Karere ka Gisagara, Kimonyo Innocent, yabwiye IGIHE ko barangije kwishyura bose 100% tariki ya 7 Nyakanga 2021.

    Yavuze ko uburyo bakoresha kugira ngo barangize kwishyura hakiri kare ari ubukangurambaga no kwibutsa abaturage ko bishyura buhoro buhoro binyuze mu bimina bijyanye n’ubushobozi bwa buri wese.

    Ati “Mbere na mbere ni ugukorera hamwe mu bimina n’amatsinda ndetse n’amasibo abaturage bagatangira gutanga amafaranga make uko bifite hakiri kare. Ikindi ni ukumenya umuntu ufite ubushobozi bukeya udashobora kwishyurira mituweli icyarimwe, agatangira kwizigama hakiri kare.”

    RSSB yagaragaje n’uturere dutanu twa nyuma mu kwishyura mituweli ya 2021/22 ivuga ko ku mwanya wa 30 ari wo wanyuma haza Kicukiro igeze kuri 64,4% ku wa 29 hakaza Nyarugenge iri kuri 68,2% ku mwanya wa 28 hakaza Gasabo na 70,3% ku wa 27 hari Rubavu ifite 76,1% naho ku wa 26 hari Musanze igeze kuri 77,3%

    RSSB yasabye abaturage gukomeza kwitabira gutanga umusanzu w’ubwisungane mu kwivuza ibibutsa ko ari uburyo bwiza butuma bavurwa badahenzwe.

    Ubwo hatangizwaga umwaka wa mituweli wa 2021/22 RSSB yatangaje ko hakozwe amavugurura bagamije guha serivise nziza abanyamuryango.

    Icya mbere ni uko umunyamuryango wa mituweli ashobora kwivuza kugeza mu kwezi k’Ukuboza igihe yamaze kwishyura 75% by’umusanzu agomba gutanga, ariko ukwezi kwa Ukuboza kukarangira yaramaze gutanga 25% asigaye kugira ngo akomeza kwivuza nta nkomyi.

    Icya kabiri cyahindutse ni uko umunyamuryango wishyuye mituweli 100% cyangwa uwishyuye 75% mbere y’ukwezi kwa Ukuboza ahita atangira kwivuza adategereje ko iminsi 30 ishira.

    Abanyarwanda basabwe gukomeza kurushaho kwitabira gutanga mituweli

    [email protected]


    source : https://ift.tt/3DmmJ0U

  • Polisi ikomeje guhugura abantu batandukanye ku kwirinda inkongi no kuzirwanya #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ni igikorwa cyabereye mu Karere ka Bugesera, Umurenge wa Gashora, Akagari ka Mwendo, Umudugudu wa Gaharwa.

    Umuyobozi w’ishami rya Polisi rishinzwe ubutabazi no kurwanya inkongi, ACP Paul Gatambira, yavuze ko Polisi y’u Rwanda ishyize umwete mu kwagura ubukangurambaga mu baturarwanda bugamije kurwanya inkongi.

    Yagize ati “Ikigamijwe ni uguha ubumenyi bw’ibanze abaturarwanda ku bijyanye n’inkongi, amoko y’inkongi, uburyo bwo kuzimya inkongi n’uko abantu bakoresha Gaz mu ngo zabo batetse.”

    Yakomeje avuga ko abakozi 60 batoranijwe muri RICA, abashinzwe umutekano muri iki kigo n’abanyeshuri bo mu ishuri rya Gashora bahawe ubumenyi bw’ibanze bw’uko bakwirinda inkongi n’uko bayizimya iramutse ibaye, bakifashisha ibikoresho bitandukanye bizimya umuriro.

    ACP Gatambira yashimye ubushake n’ubwitabire byaranze abakozi ba RICA, abasaba kuzakoresha neza ubumenyi bahawe. Yabasabye kwirinda inkongi ariko yaramuka ibaye bakihutira gutanga amakuru hakiri kare.

    source : https://ift.tt/3C8kMne

  • Gatsibo: Barasaba gusanirwa ikiraro kugira ngo bongere kugenderana #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ibyuma byo ku mpande byavuyeho n
    Ibyuma byo ku mpande byavuyeho n’imbaho zirangirika ku buryo basigaye batinya kukinyuraho

    Ikiraro cyo mu kirere gihuza utugari twa Mayange na Kibare, munsi yacyo hagacamo umugezi wa Warufu.

    Ndungutse Theogene avuga ko imbaho zatangiye kwangirika ndetse n’ibyuma byo ku mpande byacitse, ku buryo gikoreshwa n’abashirutse ubwoba.

    Avuga ko mu ntangiriro z’ukwezi kwa kabiri 2021, bishatsemo ubushobozi nk’abaturage batangira kwiyubakira ikindi kiraro ku ruhande imvura ibaye nyinshi umugezi uruzura ibyo bari bamaze kubaka bitwarwa n’amazi.

    Avuga ko ubuyobozi bwabimenyeshejwe ariko ntacyo bari babafasha.

    Ati “Urumva ibyo twari twakoze byaragiye, kiriya kiraro cyadufashaga cyane guhahirana ariko ubu moto ntiyacaho ndetse n’abafite ubwoba ntibahaca kubera ibyuma byo ku mpande byavuyeho. Mu mugezi ntiwanyuramo kuko hari ubwo amazi aba ari menshi.”

    Bifuza ko icyo kiraro cyasanwa bakongera kugenderana
    Bifuza ko icyo kiraro cyasanwa bakongera kugenderana

    Umunyamabanga Nnshingwabikorwa w’Akarere ka Gatsibo, Jolly Natukunda, avuga ko iki kibazo bakizi ariko nta bushobozi nk’akarere bwo gusana icyo kiraro ariko bakiganiriyeho na RTDA kandi bemeye kuzagisana.

    Yagize ati “Kugisana birenze urwego rwacu, twabiganiriye na RTDA hari imihanda irimo gukorwa nkeka nisoza uyu mwaka, utaha bashobora gutangira gusana kiriya kiraro.”


    source : https://ift.tt/3ndpfRq

  • Guverineri Gasana asanga kwiyegereza Imana kw’abanyeshuri bigabanya ibyaha n’ibishuko #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Guverineri Gasana na bamwe mu batsinze ibizamini bisoza amashuri yisumbuye (icyiciro Rusange), abahize abandi bahembwe mudasobwa ngendanwa
    Guverineri Gasana na bamwe mu batsinze ibizamini bisoza amashuri yisumbuye (icyiciro Rusange), abahize abandi bahembwe mudasobwa ngendanwa

    Guverineri Gasana yabitangaje kuri uyu wa 13 Ugushyingo 2021 ari mu ishuri rya New Life Christian Academy riri i Kayonza, mu muhango wo kwishimira intsinzi y’ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza n’icyiciro cya mbere cy’ayisumbuye, byakozwe muri uyu mwaka.

    Uyu muyobozi w’Intara yabonye ari ikintu kidasanzwe kuba bapfukamishije abanyeshuri barimo kubasengera, kuko ngo bibacisha bugufi bikabamaramo amahane.

    Yagize ati “Bamwe bapfukamye abandi barahagarara, byari bikomeye cyane, barimo kubona umuco n’uburere, ni byiza cyane bana bacu mukomereze aho, iyo ari mu nzira y’iyobokamana ugabanya ibihombo, ugabanya ibyaha, abana bakiri bato ya mashagaga no kunywa urumogi iyo wiyegereje Imana ugenda byose ubyamagana”.

    Abana bapfukamye barabasengera
    Abana bapfukamye barabasengera

    Ishuri New Life Christian Academy ry’Umuryango w’Ivugabutumwa witwa Africa New Life Ministries rivuga ko abana bose baba abarangije kwiga amashuri abanza n’abarangije umwaka wa gatatu w’ayisumbuye, baje mu cyiciro cya mbere cy’abatsinze ibizamini bya Leta by’umwaka wa 2021.

    Umuyobozi Nshingwabikorwa wa Africa New Life Ministries, Pasiteri Fred Katagwa avuga ko mu bihesha umuntu gutsinda neza harimo ikijyanye no kubaha Imana ndetse no kugira icyerekezo n’urukundo.

    Yagize ati “Twebwe imitekerereze yacu, ni ivugabutumwa n’imirimo y’impuhwe, mu ivugabutumwa navuze ko ari ukutarera abahanga babi(clever devils), abajura b’ejo hazaza cyangwa abazahemukira urwababyaye kuko batubashye Uwiteka, badakunze mugenzi wabo nk’uko bikunda”.

    Ababyeyi barimo kubasengera
    Ababyeyi barimo kubasengera

    Katagwa avuga ko umuryango ayoboye urimo gufasha abana b’impfubyi n’abakene bagera kuri 10,600 kwiga guhera mu mashuri abanza kugeza barangije muri Kaminuza, mu rwego rwo kubaremamo kuzafasha abandi mu gihe na bo bazaba babonye ubushobozi.

    Umwana witwa Kabatesi Aline w’i Gahini mu Karere ka Kayonza ari mu bishimira kuba baragize amanota meza, akavuga ko abikesha gusenga, kwirinda ibishuko no kumvira inama agirwa n’ababyeyi hamwe n’abarezi.

    Yagize ati “Abarimu barambwiye ngo njye nirinda umuntu unkinisha kandi nanjye ndabyanga”.

    Guverineri w
    Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Emmanuel K Gasana

    Mugenzi we urangije mu mwaka wa gatatu w’amashuri yisumbuye, Ikuzo Benoit Arnauld avuga ko kurya neza, gusenga, kuba abarimu babigisha bafite ubushobozi, ndetse no guhanira abanyeshuri ibyaha byo gutoroka ikigo no kwiba, ari ibintu bigira uruhare mu mitsindire y’abanyeshuri ba New Life Christian Academy.

    Abana barushije abandi gutsinda ibizamini bya Leta, abarangije amashuri abanza bahawe ibihembo by’ibikoresho bitandukanye na ho abarangije icyiciro Rusange cy’ayisumbuye bahawe mudasobwa ngendanwa.

    Africa New Life Ministries ivuga ko izakomeza kurerera u Rwanda
    Africa New Life Ministries ivuga ko izakomeza kurerera u Rwanda


    source : https://ift.tt/3kC6HZn

  • Ibyo wamenya ku Mudugudu w’Icyitegererezo Perezida Kagame yemereye Abanye-Congo basenyewe n’iruka rya Nyiragongo – #rwanda #RwOT

    Yawemereye mugenzi we wa RDC muri Kamena uyu mwaka ubwo yakoreraga uruzinduko i Goma, akareba uburyo iruka ry’Ikirunga ryasize abantu iheruheru.

    Ku batibuka iby’urwo rugendo, ni wa munsi Perezida Kagame yavuze Igifaransa. Yavuyeyo yemeye ko azafasha abaturage basizwe iheruheru n’iruka ry’icyo kirunga ku buryo babona aho baba.

    Amakuru yizewe IGIHE ifite ni uko mu minsi ishize, hari Intumwa za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo zaje mu Rwanda, zisura Umudugudu wa Kinigi mu Karere ka Musanze ziri kureba uko umeze.

    Umudugudu w’Icyitegererezo Perezida Kagame yemeye uzaba umeze neza nk’uwo mu Kinigi. Ni yo mpamvu hakozwe urwo rugendo kugira ngo abo muri Congo bamenye uko uzaba uteye.

    Ku rundi ruhande, hari itsinda ry’u Rwanda rifite gahunda yo kujya i Goma mu minsi mike iri imbere igasura ahagomba kubakwa uwo mudugudu.

    Byitezwe ko nk’amatafari [bivugwa ko azakoreshwa azavanwa mu ruganda rwa Ruliba] azubakishwa n’ibindi bikoresho bizava mu Rwanda, hanyuma imirimo ikazihutishwa cyane ku buryo uwo mudugudu uzatahwa ku wa 4 Nyakanga 2022.

    Amafaranga yose azakoreshwa muri uwo mushinga azatangwa n’u Rwanda, mu gihe hari n’amakuru avuga ko Inkeragutabara ari zo zizakurikirana imirimo yose yo kubaka uwo mudugudu nk’uko zibigenza ku yindi yo mu gihugu imbere.

    Abanye-Congo ubwo basuraga Umudugudu wa Kinigi, ngo batashye banyuzwe n’ibyo babonye i Musanze ku buryo bategerezanyije amatsiko kuzabona umudugudu umeze nk’uwo i Goma. Uzaba ari uwa mbere muri ako gace kuko bene iyo myubakire itahasanzwe.

    Imirimo yose yo kubaka Umudugudu wa Kinigi yarangiye itwaye miliyari 26,6 Frw arimo ayagiye mu bikorwa byo kubaka inzu zo guturamo, ayakoreshejwe mu bikorwa byo kubaka Ikigo Nderabuzima n’ayubakishijwe Ikigo cy’Amashuri n’Irerero.

    Ibyo byose biri muri uyu mudugudu, ni na byo bizashyirwa mu Mudugudu w’Icyitegererezo ugiye kubakwa i Goma. Bivuze ko abana bo mu miryango yasenyewe n’Ikirunga cya Nyiragongo bazaba babayeho mu buzima butandukanye n’ubwo babagamo.

    Biteganyijwe ko kandi abawutuye bazahabwa amatungo, bubakirwe agakiriro, ubusitani, ibiti by’imbuto zo kurya, imihanda igezweho, amashanyarazi n’amazi.

    Icyo RDC izakora gusa ni ugutanga ubutaka ubundi ibisigaye bigakorwa n’u Rwanda.

    Ubwo Perezida Kagame yagiriraga urugendo i Goma, yavuze ko bigamije gufata mu mugongo abaturage babuze ababo n’abandi bagizweho ingaruka n’iryo ruka ry’ikirunga.

    Na mbere yaho ubwo iki kirunga cyari kimaze kuruka, ni umwe mu batabarije abanye-Goma, asaba ibindi bihugu kubaba hafi muri ibyo bihe.

    Perezida Kagame mu kiganiro yagiranye na TV5 Monde muri Gicurasi, yagaragaje ubukana bw’ibibazo byasizwe n’iruka rya Nyiragongo ku baturage b’ibihugu byombi. Yavuze ko bitoroshye guhangana n’ibiza nk’ibi biza bitunguranye kandi bigashegesha abantu benshi.

    Perezida Kagame yavuze ko inzego z’u Rwanda zakoranye n’iza Congo kugira ngo abavanywe mu byabo “tubasaranganye ibyo dufite mu bushobzi bwacu buke tugerageza kubashakira aho bacumbika, tubagaburira, tubavuza.”

    Yakomeje agira ati “Imiterere y’ikibazo ubwacyo ikwiye gutuma amahanga ahaguruka agafasha natwe tuzabatabariza kuko ni ibigaragara ko uburemere bw’ikibazo burenze ubushobozi bw’u Rwanda na Congo, Isi yose ikurikira ibiri kuba kuri aba baturage bari mu kaga ikwiye guhaguruka.”

    I Goma, iruka ry’ikirunga cya Nyiragongo ryangije imihanda ireshya na Kilometero 18, inzu 1000 zirasenyuka, imiyoboro y’amazi n’amashanyarazi iracika.

    Ikindi kandi imiyoboro y’amashanyarazi na yo yarangiritse ku buryo ibice bimwe na bimwe bya Goma bicanirwa n’u Rwanda. Mu Mujyi wa Goma, yaba ibitaro, iminara y’itumanaho, hoteli n’ibindi bikoresha umuriro uturuka ku miyoboro yo mu Rwanda muri iki gihe.

    Uretse ibikorwaremezo byangijwe, abantu 288.044 bavuye mu byabo, muri bo abarenga ibihumbi 10 bahungira mu Rwanda. Ni mu gihe 32 bahitanywe n’iruka ry’iki kirunga.

    Perezida Kagame ubwo yari i Goma akihera amaso uburyo ikirunga cyangije ibintu

    REG yubatse umuyoboro utanga amashanyarazi i Goma

    REG yubatse umuyoboro mushya uzajya wifashishwa mu buhahirane hagati y’Umujyi Gisenyi n’uwa Goma. Ni umushinga watangijwe nyuma y’iruka ry’Ikirunga cya Nyiragongo, ibyari ubufasha u Rwanda rwatangaga bihinduka isoko y’ubuhahirane bubyara inyungu kuko Congo izajya iwishyura.

    Muri Nzeri 2021, Butera Laurent uhagarariye Ishami rya REG mu Karere ka Rubavu, yabwiye IGIHE ko uyu muyoboro uzafasha u Rwanda kohereza amashanyarazi i Goma igihe cyose bikenewe kandi akagerayo afite imbaraga zikenewe.

    Ati “Ubwo twoherezagayo amashanyarazi igihe Ikirunga cya Nyiragongo giheruka kuruka, byari uburyo bwo gutabara abaturanyi maze twifashisha imiyoboro isanzwe iri i Rubavu yegereye Goma. Ubu twubatse umuyoboro mushya ku buryo igihe cyose bazajya bakenera amashanyarazi tuzajya tuyoherezayo afite imbaraga kandi dufite uburyo bwo kugenzura neza ubuziranenge bwayo n’ingano twohereje”.

    Hubatswe ibilometero bisaga 11,3 bivana amashanyarazi kuri sitasiyo y’amashanyarazi ya Rubavu, bikanyura ahitwa Mbugangari bigakomeza ku mupaka wa “Petite Barrière” kugera mu Mujyi wa Goma.

    Umudugudu w’Icyitegererezo wa Kinigi uherereye mu bilometero 12 uvuye mu Mujyi wa Musanze rwagati

    Uyu Mudugudu ugizwe n’inzu z’amagorofa zubakiwe imiryango 144 itishoboye

    Uyu mudugudu urimo n’amashuri aho abana bato bazajya bigira

    Umudugudu w’Icyitegererezo wa Kinigi ufite inzu izajya ikorerwamo ubworozi bw’inkoko

    Inzu aba baturage batujwemo zifite byose bikenerwa birimo n’ubwiherero bugezweho

    source : https://ift.tt/3ChwhbU

  • U Rwanda rwamaganye itangazamakuru riri kuyobya rubanda ryitwaje ifungwa rya Niyonsenga – #rwanda #RwOT

    Niyonsenga Dieudonné uzwi nka Cyuma Hassan yamenyekanye mu minsi yashize biturutse ku biganiro yanyuzaga kuri Shene ye ya Youtube yise “Ishema TV”.

    Hashize iminsi ibiri ahanishijwe n’Urukiko Rukuru gufungwa imyaka irindwi no gutanga ihazabu ya miliyoni 5 Frw.

    Rwari rumaze kumuhamya icyaha cyo gukora no gukoresha inyandiko mpimbano, icyo kwiyitirira umwuga, icyo kubangamira ishyirwa mu bikorwa ry’imirimo y’ubutegetsi n’icyo gukoza isoni abayobozi b’igihugu n’abashinzwe umurimo rusange w’igihugu.

    Ibyaha yahamijwe byakozwe ku wa 15 Mata 2020 ubwo yangaga kumvira inzego z’umutekano zari zimusabye kubahiriza amabwiriza yo kwirinda Covid-19.

    Icyo gihe yatawe muri yombi arafungwa, gusa aza kugirwa umwere n’Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo ararekurwa. Ubushinjacyaha bwarajuriye maze Urukiko Rukuru rwemeza ko ahamwa n’ibyaha bine, rutegeka ko ahita afatwa agafungwa. Yafashwe ku wa 11 Ugushyingo nyuma y’umwanzuro w’umucamanza.

    Akimara gukatirwa, itangazamakuru mpuzamahanga ryatangiye kugoreka imvugo ku mpamvu zatumye afungwa. Nka Al Jazeera yanditse inkuru ivuga ko uyu musore yafunzwe ku bwo kwifashisha Shene ye ya Youtube akanenga Guverinoma, inakomeza ivuga ko ibyo bibaye mu gihe n’ubundi Leta y’u Rwanda isanzwe izwiho kutorohera abayirwanya.

    BBC Gahuzamiryango yo yanditse ko Niyonsenga uzwi nka Cyuma kuri bamwe ari ’intwari’ abandi ’umwanzi w’igihugu’. Inkuru ikomeza igaragaza ko ari umuntu wakoraga inkuru zikomeye kandi ziha ijambo abaturage.

    Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yamaganye itangazamakuru riri kugoreka inkuru ku ifungwa rya Niyonsenga, avuga ko riri kuyobya rubanda.

    Ati “Gukabya kw’ibinyamakuru bimwe ku ngingo ijyanye n’umwanzuro w’urukiko mu rubanza rwa Dieudonné Niyonsenga ni ukuyobya rubanda. Niyonsenga yafunzwe bwa mbere akurikiranyweho kurenga ku mabwiriza ya Guma mu Rugo.”

    “Yahamwe n’ibyaha akatirwa gufungwa ku bwo gukora nta byangombwa afite bibimwemerera, kuba yari afite ikarita y’itangazamakuru y’impimbano ndetse no gusagarira no kubangamira inzego z’umutekano n’abashinzwe iyubahirizwa ry’amategeko ubwo yari asabwe gusubira mu rugo.”

    Uko byagenze ngo Niyonsenga afungwe

    Ubushinjacyaha bwavuze ko ku wa 15 Mata 2020, abashinzwe umutekano bari mu kazi bambaye n’umwambaro ubaranga, bahuye na
    Komezusenge Fidèle na Sindikubwabo Jean Paul barabahagarika
    babasaba gusubira mu rugo mu rwego rwo gukumira ikwirakwizwa ry’icyorezo cya COVID-19.

    Mu gihe barimo bisobanura kuko nta byangombwa bibaranga bari bafite,
    Niyonsenga yahise ahagera, bamusaba na we gusubira mu rugo, ababwira ko ari umunyamakuru kandi ko n’abo bandi bafashwe ari abanyamakuru bamukorera mu ikompanyi ye yitwa Ishema TV Online Ltd.

    Niyonsenga ngo yerekanye ikarita yikoreye ko ari umunyamakuru baramureka arakomeza ariko bagenzi be babiri barabasigarana kuko nta bibaranga bari bafite.

    Niyonsenga ngo yanze gukomeza asize abo yita bagenzi be akomeza
    guterana amagambo n’abashinzwe umutekano bituma bahamagaza imodoka y’Umurenge wa Gisozi ishinzwe isuku iraza irabatwara bose uko ari batatu ibageza ku Murenge wa Gisozi aho Station ya Polisi ikorera.

    Bahageze Niyonsenga abwira umupolisi wari uhari ko ari umunyamakuru ko yari agiye gutara inkuru kandi ko yari kumwe n’uwari uje kumutwara witwa
    Komezusenge na mugenzi we wari umuherekeje amuhaye lifuti.

    Umupolisi yaramuretse amushyira no mu modoka ye amugeza iwe amusaba ku guma mu rugo nk’abandi baturage.

    Ubushinjacyaha bwavuze ko bigeze saa munani, Niyonsenga
    yongeye kuva iwe yitwaje amakarita ane y’abakozi be yita abanyamakuru
    bamukorera; ageze ku Gisozi barongera baramuhagarika abereka ya makarita, baterana amagambo arabatuka, ni ko kumufata bamusubiza ku murenge kuri Polisi.

    Agejejwe kuri Polisi ku Gisozi bamusanganye amakarita ane y’abanyamakuru harimo iye, iya Komezusenge Fidèle wari ukiri
    aho n’izindi karita ebyiri, bamubajije ba nyirazo ababwira ko ari abanyamakuru akoresha.

    Babajije Komezusenge niba ari umunyamakuru arahakana avuga ko
    Niyonsenga yayimukoreye kugira ngo bajye bayerekana mu mihanda
    kugira ngo babashe gutambuka nta nkomyi.

    Nyuma yo kumusangana amakarita menshi kandi Komezusenge ahakanye ko atari umunyamakuru habayeho kubaza kuri telefoni mu Rwego rw’Abanyamakuru Bigenzura (RMC) bavuga ko amakarita y’abanyamakuru atangwa n’urwo rwego.

    Niyonsenga yaburanye ahakana ibyaha byose aregwa.

    Niyonsenga Dieudonné uzwi nka Cyuma Hassan yakatiwe igifungo cy’imyaka irindwi

    source : https://ift.tt/3wGnfnI

  • Imbamutima za Mpayimana wishimira umwanya yaheshejwe na Politiki ye yo kudahangana – #rwanda #RwOT

    Uyu mugabo w’imyaka 51, ni umwe mu bafite urugendo rutangaje muri Politiki y’u Rwanda. Nta myaka ine irashira igihugu cyose kimumenye dore ko yiyamamarije umwanya w’Umukuru w’Igihugu agatsindwa, mu 2018 nabwo akiyamamariza kuba Umudepite na bwo agatsindwa.

    Ntiyacitse intege yakomeje gukora, asubira mu Bufaransa i Paris aho yakoraga akazi k’ubwarimu agafatanya no gukora mu nganda zo muri uwo mujyi kugira ngo abone ubuzima.

    Mu kiganiro na IGIHE, Mpayimana yavuze ko yanejejwe no kugirirwa icyizere na Perezida wa Repubulika kandi ko yiteguye gukora neza imirimo yasabwe. Kugira ngo amenye ko ahawe umwanya, yavuze ko yabibwiwe n’abantu hashize iminota mike itangazo ry’ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri risohotse.

    Guhabwa umwanya nk’uyu kuri we ngo ni amahirwe yo gukorera abanyarwanda muri rusange nk’uko yari yarabyifuje inshuro ebyiri yiyamamazaga ariko ntatsinde.

    Ati “ Kugereranya ibihe byo mu 2017 n’uyu munsi ni ukubyumva mu buryo bw’ubushake bwo gukorera igihugu. Navuga ko byuzuzanya, icyari kindi ku mutima kuva nkiri muto ni ugukorera igihugu n’abanyarwanda, umuntu agira uko yigenza, uko yikorera, ibyo yifuza kugeraho. Kubona abaturage batekanye nibyo nifuje kuva kera, ndumva ari inzira yo kubigeraho.”

    Mpayimana yagizwe impuguke ishinzwe ibikorwa by’Ubukangurambaga muri Minisiteri y’Ubumwe n’Inshingano Mboneragihugu. Ni minisiteri nshya kuko yagiyeho muri Nyakanga uyu mwaka.

    Yavuze ko ubu icya mbere cyihutirwa mu nshingano ze ari ukumva neza umurongo wa minisiteri ku buryo abakozi bose bakorana baba bawumva kimwe.

    Ati “U Rwanda aho ruvuye n’aho rugana, ntihabuze ibibazo. Ibibazo turi kuvamo ntabwo twakwiyicarira gusa hatabaye ingamba, amahugurwa, gahunda zo gushimangira ubumwe. Ibyo ntabwo ari leta yonyine bireba n’abaturage bagomba kubigiramo uruhare. Ni aho nsabwa gutanga umusanzu kugira ngo abaturage, abana babyiruka n’abandi bumve kimwe ubumwe bw’abanyarwanda.”

    Yasubitse gahunda yo gushinga umutwe we wa politiki

    Mu 2018, Mpayimana yatangaje ko yashinze ishyaka ryitwa iry’ Iterambere ry’Abanyarwanda (Parti du Progrès du Peuple Rwandais: PPR).

    Icyo gihe yabwiye IGIHE ati “Icy’ingenzi ni ugufatanya n’abandi banyarwanda, twerekana izindi nzira z’iterambere rirambye kuko iterambere rishobora kubaho ariko rikaba ryagira n’inzitizi zo gusubira inyuma. Ni yo mpamvu tuba tugomba kuzana ibindi bisubizo kugira ngo ridasubira inyuma.”

    Mpayimana yasobanuye ko yahagaritse ibi bikorwa bye byo gushinga ishyaka aho asobanura ko ari “iby’ahahise”.

    Ati “Ibyo ni ibya kera, hari impamvu zatumye mbisubika. Natangiye politiki nk’umuntu wigenga ngera aho nsesengura amashyaka. Hari uburyo tugomba kumva amashyaka, ntabereho gucamo abantu ibice ni yo mpamvu nabaye mbisubitse.”

    Politiki ye yatandukanye n’iya benshi

    Kuva mu 2017, Mpayimana yakoze politiki itandukanye n’iy’abandi bavaga mu mahanga bashaka imyanya imbere mu gihugu. Yakundaga gucyaha ku mbuga nkoranyambaga abanenga u Rwanda, akanarenzaho mu biganiro bye akanenga abandi banyapolitiki bashaka gucamo ibice abaturage.

    Urugero nko mu 2018 yandikiye Abadepite bo mu Buholandi bijujutiye icyemezo u Rwanda rwafashe cyo gusinyana amasezerano na Arsenal FC yo kujya yamamaza ubukerarugendo bwarwo.

    Icyo gihe bavugaga ko amafaranga y’inkunga u Buholandi buha u Rwanda, na rwo rurenga rukakoresha mu gusinyana n’amakipe. Nka Depite Joel Voordewind yagize ati “Birambabaje kuba igihugu duha ubufasha bukomeye cyabaye umuterankunga wa miliyoni 30 z’amayero ku mipira y’ikipe ikomeye mu Bwongereza”.

    Mu kubasubiza, Mpayimana yanditse ibaruwa maze agira ati “Ntimwicuze ku nkunga muha u Rwanda ahubwo izongerwe ubutaha niba bishoboka. Ndabasaba na none kudashaka guhindura urutonde rw’ibyo Guverinoma ziba zabonye ko bikenewe kurusha ibindi mu bihugu mutangamo imfashanyo ahubwo muhindure icyerekezo cy’inkunga mutanga muri Afurika.”

    Mpayimana yavuze ko ari agasuzuguro kuba igihugu cyarabonye ko ubukungu bwacyo bushingiye ku bukerarugendo, cyashaka uko gikomeza kubuteza imbere bikababaza bamwe.

    Ati “Ni amahitamo y’u Rwanda ndetse mu gihe hari ushatse kubitunga urutoki abyinubira, ni ukuvogera ubusugire barwo.”

    Mu Ukwakira 2019, bwo yanenze Ingabire Victoire amusaba gusesa ishyaka rye kuko ibitekerezo rigenderaho byatsinzwe.

    Mu butumwa bwe burebure yagize ati “Abafitanye isano n’izo ngabo zari iza Habyarimana baje kurema umutwe wa gisirikare witwa FDLR, naho abatsimbaraye ku bisisigisigi by’iyo leta n’ibitekerezo byayo biremamo umutwe bise uwa politiki ariwo FDU Inkingi, bashyira imbere madame Ingabire Victoire Umuhoza. Imikorere ya byombi ni ugukomeza ‘urugamba’ nk’uko babyivugira; iyi ikaba ari yo mpamvu ubutegetsi buriho iki gihe mu Rwanda bwimye uburenganzira iryo shyaka.”

    Yakomeje ati “Niyo mpamvu nsaba Abanyarwanda bakomeje gutsimbarara ku ikoreshambaraga n’ukutava ku izima ko bamanika amaboko, bakemera ko batsinzwe, ikiri FDLR na FDU Inkingi bigaseswa nk’uko Ex-FAR na MRND byasheshwe. Icyitwa kurwanisha irengerabwoko-hutu kigasimbuzwa n’inyungu rusange.”

    Uyu munsi, Mpayimana asobanura ko we yiyemeje politiki yo kudahangana ahubwo igamije gushakira ineza igihugu. Ubwo yatsindwaga mu matora aheruka, ntabwo yigeze aba nk’abandi ngo yiyunge ku barwanya ubutegetsi.

    Ati “ Nakomeje gukunda u Rwanda no kurukorera. Hari uburyo bwinshi bwo gukorera igihugu, igihe cyose umuntu ari muri uwo murongo biba bigaragara, ni yo mpamvu nkeka ko n’abayobozi b’igihugu twakomeje kurebana tudahanganye, bati ni iki uriya muntu yamarira abandi. Nkaba nshimye ko babibonye.”

    Ashimangira ko politiki ye yo kudahangana yamuciriye inzira imuganisha muri Minisiteri y’Ubumwe n’Inshingano Mboneragihugu, kuko ngo “abantu ntibashobora gukorana badafite ikintu bumva kimwe”.

    Ati “Iyo abantu bumva intumbero kimwe barakorana, ntabwo abantu barwanyana, bahangana, bashobora kwicarana ngo barakorana. Iyo umuntu akurwanya nawe uramurwanya ariko iyo mutabona ibintu kimwe ahubwo mufite intumbero imwe muricara mugakorana. Ndumva ari cyo cyabiteye.”

    Mpayimana usibye kuba umunyapolitiki, ni umwanditsi w’ibitabo. Yakoze kandi itangazamakuru kuko ku wa 1 Ukwakira 1990 yinjiye mu mwuga w’itangazamakuru mu Kigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru, icyo gihe cyitwaga ORINFOR.

    Mpayimana yashimiye Umukuru w’Igihugu wamugiriye icyizere

    source : https://ift.tt/3CcYjW6

  • Abajyanama ku rwego rw’akarere barasabwa gufata umwanya bakumva abaturage #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Minisitiri w
    Minisitiri w’Ubutegetsi bw’igihugu, Jean Marie Vianney Gatabazi

    Byagarutsweho na Minisitiri w’Ubutegetsi bw’igihugu, Jean Marie Vianney Gatabazi, kuri uyu wa Gatandatu tariki 13 Nzeri 2021, ubwo yari yifatanyije n’abo mu Karere ka Muhanga mu gikorwa cy’amatora y’abajyanama ku rwego rw’akarere, mu bagore bagomba guhagararira 30% by’abagore.

    Ngo abajyanama n’abantu bagomba kugira inama komite nyobozi y’akarere, ndetse bakaba n’abantu bagomba gutekereza ku bikorwa by’iterambere birebire by’akarere ku buryo bibasaba kumenya icyo akarere gakeneye, amahirwe akarimo, ibishoboka kuba byazabyazwamo imishinga itezimbere uturere, bakabiganiraho ubundi bakabishira muri za gahunda z’iterambere, ndetse bibaka aribyo bizanitabazwamo igihe cyo gutegura ingengo y’imari, na za gahunda z’ibikorwa za buri mwaka.

    Kuko abajyanama ari bo batora ingengo y’imari, bakaba aribo batora gahunda y’ibikorwa by’akarere, ni na bo bafasha akarere mu gufata ibyemezo bikuru bikuru, bijyana icyerekezo cy’akarere aho bifuza, ari na ho Minisitiri Gatabazi ahera abasaba gufata umwanya bakumva abaturage.

    Ati “Impamvu dufata abajyanama mu mategeko y’igihugu cyacu bahagararira abandi, ni uguhagararira abantu benshi batashobora guhurira hamwe ngo bifatire ibyemezo. Ku bw’izo mpamvu, bagomba kujya mu baturage, bakabumva, bakabatega amatwi, bakumva ibyifuzo byabo, bakumva ibibabangamiye bishingiye ku miyoborere wenda y’abayobozi cyangwa se ibindi biba bikorwa mu turere twabo, barangiza bakabizana mu Nama Njyanama”.

    Ikindi kandi ngo abajyanama bagomba gusubira mu baturage, bakababwira ibyemezo byafashwe na njyanama, kuko bishyirwa mu bikorwa n’abayobozi b’inzego z’ibanze, kandi biba bigira ingaruka nziza ku baturage, nk’uko Minisitiri Gatababazi abisobanura.

    Ati “Rero abaturage iyo batabisobanuriwe, hari igihe usanga umuyobozi w’akarere, ajya gusobanura, rimwe na rimwe ntibyumvikane, kandi abajyanama baremeje ibyemezo kandi baraturutse mu baturage, turashaka abajyanama basubira mu baturage, begera abaturage, bazahabwa ubushobozi bubafasha kujya mu baturage. Ibyo bituma bajya batanga ibitekerezo bishingiye ku bibazo by’abaturage, ku byifuzo by’abaturage, aho kuza mu nama uturutse i Kigali, warangiza ugasubira i Kigali, ntubone umwanya wo gusubira muri ba baturage bagutoye”.

    Kuba kandi abajyanama barimo gutorwa muri kino gihe ari bacyeya ugereranyije n’abatorwaga mu gihe cya tambutse kuko ubu ari 17, bizeweho kuba bazaba bafite ubuhanga bunyuranye, bujyanye n’ibishoboka kuba byateza imbere abaturage, yaba mu bukungu, ubutabera, imibereho myiza, mu buhinzi, mu bikorwa remezo, n’ibindi byose abaturage bakeneye kuko aribo bazihutisha gahunda z’iterambere umukuru w’igihugu yemereye abaturage muri manda y’imyaka irindwi irimo gushirwa mu bikorwa.

    Hari na za gahunda uturere twateguye z’imyaka itanu zitwa GDS, n’ingamba z’iterambere z’uturere z’imyaka itanu zikaba zimaze imyaka ibiri zirimo gushyirwa mu bikorwa, harifuzwa ko abajyanama bakongera bakazireba bakareba ko zirimo gushyirwa mu bikorwa neza, niba nta byasigaye inyuma cyangwa ibyibagiranywe ndetse bakareba n’ibyashirwamo uyu munsi kugira ngo uturere turusheho kwihuta mu iterambere.

    30% by’abajyanama b’abagore batowe, n’ukuvuga abajyanama batanu muri buri karere, bikaba biteganywa n’itegeko Nshinga rya Repabulika y’u Rwanda, ko mu nzego zose umugore agomba guhagararirwa ku kigero cya 30%.


    source : https://ift.tt/3DiEiPe

  • WHO yahembye Umunyarwanda wagize uruhare mu kurwanya itabi #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Icyo gihembo Mukantabana yagishyikirijwe na Minisitiri w’Ubuzima mu Rwanda, Dr. Daniel Ngamije, akaba yakimuhaye mu izina ry’Umuyobozi w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita k’Ubuzima, Dr. Tedros Adhanom Ghebreyesus.

    Buri mwaka, WHO ihemba abantu cyangwa imiryango (organizations) muri buri Karere mu Turere dutandatu, ikabahembera ibyo baba barakoze mu rwego rwo kurwanya itabi.

    Utwo Turere harimo Akarere ka Afurika, Amerika, Mediterane y’Uburasirazuba, Akarere k’Uu Burayi, Amajyepfo y’Iburasirazuba bwa Aziya (South-East Asia region), ndetse n’Akarere ka Pacifique y’Iburengerazuba.

    Mukantabana ari muri batandatu (6) bahembwe mu Karere ka Afurika muri Gicurasi uyu mwaka wa 2021.

    Mu nkuru dukesha Ikinyamakuru ‘The New Times’, Mukantabana yavuze ko ashimishijwe n’icyo gihembo ahawe, ndetse yiyemeza ko agiye gukomeza ibikorwa bigamije kurwanya itabi, akorana n’abandi mu bijyanye no kubahiriza ihame ry’uburinganire ndetse no guteza imbere abagore.

    Mukantabana ayoboye Umuryango utari uwa Leta witwa ‘Poor Women Development Network ‘ ufite icyicaro mu Mujyi wa Kigali.

    Mukantabana yakoze ubuvugizi bugamije kugira ngo ibiciro by’itabi bizamurwe, bityo bice intege abarigura, babonereho no kurireka.

    Yatanze amahugurwa ku bantu bagera kuri 300, harimo abagore bakiri bato, abakobwa n’abahungu, abahugura ku bijyanye no kurwanya itabi hagamijwe kugera ku mahoro arambye, gukumira ihohotera rishingiye ku gitsina, gukumira indwara ndetse n’ubukene mu miryango.

    Dr Ngamije yashimye ibikorwa bya Mukantabana mu kurwanya itabi, avuga ko ari urugero rwiza.

    Yagize ati “Turashima uruhare rwawe n’umuryango wawe mwagize mu kubaka ubushobozi mu bijyanye no kurwanya itabi, cyane cyane mu kurwanya ikoreshwa ry’itabi mu miryango ituye mu bice by’icyaro”.

    Buri mwaka, ngo abantu bagera kuri Miliyoni zirindwi hirya no hino ku Isi bapfa bishwe n’itabi, kandi uyu mubare uzazamuka ugere kuri Miliyoni umunani niba nta gikozwe nk’uko byasobanuwe na Minisitiri w’Ubuzima Dr Ngamije.

    Yagize ati “80% by’izo mpfu z’abazira n’itabi zibera mu bihugu bifite ubukungu buciriritse harimo n’u Rwanda, kandi twese tuzi ko itabi riri mu bintu bitanu biri ku isonga mu gutera indwara zitandura (Non-Communicable Diseases)”.

    Muri izo ndwara harimo, iz’umutima nk’umuvuduko w’amaraso ukabije, guhagarara k’umutima bitunguranye, indwara z’ubuhumekero nka ‘bronchitis’ na Kanseri y’ibihaha, kanseri zifata mu kanwa ndetse na Kanseri zifata mu nzira y’igogora.

    Dr Brian Chirombo, uhagarariye WHO mu Rwanda, yashimye ibikorwa bya Mukantabana bigamije kurwanya itabi.

    Yagize ati “Kunywa itabi bikomeje kuba imwe mu mpamvu zitera indwara n’imfu, guhagarika ikoreshwa ry’itabi, ni bumwe mu buryo bwiza bwo gukumira indwara zitandura”.

    Ku Isi, abantu babarirwa muri Miliyari 1.3 ni bo bakoresha itabi, abagera 10.2 % b’abagabo na 2.2 b’abagore, ngo ni bo bakoreshaga itabi umunsi ku wundi mu 2019.

    U Rwanda rwasinyanye na WHO amasezerano ajyanye no kurwanya itabi mu 2004, rutangira kuyashyira mu bikorwa
    mu 2006.

    Mu minsi ya vuba aha, Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, yasabye Minisiteri kugaragaza uburyo buhamye yashyizeho bwo guhangana n’ikibazo cy’ikoreshwa ry’itabi mu bana bafite munsi y’imyaka 18.

    source : https://ift.tt/3oqTXWv