Tag: featured

  • Igihugu cya Danemark cyatangaje gahunda ya 'Corona Passport' ku baturage bakingiwe Covid-19 #rwanda #RwOT

    Abanya-Danemark bazashobora kwerekana ko bakiriye urukingo rwa COVID-19 bakoresheje porogaramu muri gahunda yashyizwe ahagaragara na minisitiri w'imari wa Danemark, Morten Boedskov.

    Kwimuka bifatwa nk'uburyo bwo gutangiza ingendo kimwe nizindi nzego zitandukanye z'ubukungu, harimo imyidagaduro n'inganda zo kwakira abashyitsi.

    'Hariho kandi ibice bigize sosiyete ya Danemark bigomba gutera imbere. Hariho umuryango w'ubucuruzi ugomba kuba ushobora gutembera bityo nkaba nshimishijwe no kuba nshobora gutangaza uyu munsi … pasiporo ya digitale ya corona'.

    Boedskov avuga ko 'Digital Corona Pass' ikiri mu itegurwa ariko ko ishobora gutangizwa mu mezi abiri cyangwa atatu ari imbere 'kugira ngo twizere ko tuzatangira gufungura buhoro buhoro umuryango wa Danemark.'

    Hagati aho, abaturanyi nka Suwede na bo batekereza gushyiraho gahunda nk'iyi ya pasiporo ya corona nk'uko byatangajwe n'umunyamakuru wa Euronews, Per Bergsfors Nyberg i Stockholm.

    Ati: 'Hakomeje ibiganiro mpuzamahanga hagati y'abayobozi batandukanye b'ubumwe bw'ibihugu by'Uburayi ku bijyanye n'uko hashobora kubaho 'Corona Pass,' ariko kugeza ubu nta cyemezo cyafashwe. Ariko cyane cyane ibyo bihugu bishingiye cyane ku bukerarugendo bizeye ko iyi [pasiporo] izatza imbere ingendo. '.

    Iki gihugu cya Scandinaviya cyabaye igihugu giheruka mu bihugu by'i Burayi gusaba ibimenyetso byerekana ikizamini cyo kutandura coronavirus ku bagenzi bose binjira mu gihugu, ikizamini cyafashwe mu masaha 48 ashize mbere yuko bahagera.

    Mu gihe Suwede yakomeje gufungura imipaka ugereranije na Norvege na Danemark, ihinduka ry'imiterere mishya ya coronavirus ryatumye guverinoma ishyiraho ingamba nshya zo guhagarika ikwirakwizwa ry'izo mpinduka.

    Abayobozi bavuga ko ahandi hose, Espagye yahuye n'ukwezi kw'ibiza k'ubwandure muri Mutarama, aho abantu 900.000 banduye mu gihe iki gihugu kirwanya virusi ku nkundura ya gatatu.

    Abantu barenga 60.000 bapfiriye muri iki gihugu kuva iki cyorezo cyatangira muri Werurwe umwaka ushize, kikaba ari icya kane gifite abantu bapfuye mu Burayi.

    N'ubwo hari ibibazo bijyanye no gutanga no gukwirakwiza inkingo za Pfizer / BioTech na Moderna, abayobozi ba Espagne bavuga ko bafite intego yo kuba bakingiye 70% by'abaturage bose mu gihe cy'impeshyi.

    Source : http://umuryango.rw/amakuru/mu-mahanga/article/igihugu-cya-danemark-cyatangaje-gahunda-ya-corona-passport-ku-baturage

  • Diyoseze ya Cyangungu yapfushije Musenyeri muri 2018 yahawe umushya ari we Padiri Sinayobye #rwanda #RwOT

    Ni inkuru yamenyekanye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatandatu Tariki 06 Gashyantare 2021 ko Umushumba Mukuru wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Papa Francis yagize Padiri Edouard Sinayobye, umushumba wa Diyoseze ya Cyangugu.

    Padiri Edouard Sinayobye ubu wagizwe Musenyeri, yari asanzwe ari Umuyoboz wa Seminari Nkuru ya Nyumba yo muri Diyoseze ya Butare.

    Edouard Sinayobye wahawe ubusaseridoti muri 2000, asanzwe ari n’umwanditsi kuko hari igitabo yanditse kivuga ku mabonekerwa y’i Kibeho, akaba yaragiye akora n’ibindi bikorwa binyuranye.

    Mu mirimo ya kiliziya Gatulika yakunze gukorera muri Diyoseze ya Huye harimo umuyobozi wungirije wa wa Katederali ya Butare ndetse yanabaye umucungamutungo w’iyi Diyoseze.

    Padiri Sinayobye wavukiye mu Karere ka Gisagara muri Mata 1966, asanzwe afite impamyabumenyi y’Ikirenga (Doctorat) muri Tewolojiya.

    UKWEZI.RW

    Source : http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/Iyobokamana/article/Diyoseze-ya-Cyangungu-yapfushije-Musenyeri-muri-2018-yahawe-umushya-ari-we-Padiri-Sinayobye

  • Kigali : Umushoferi wa Ingabire Marie Immaculée yishwe avuye ku kazi #rwanda #RwOT

    Ingabire Marie Immaculée yaganiriye n’ikinyamakuru Ukwezi ari ku bitaro bya Kacyiru mu mujyi wa Kigali aho bagiye gukoreshwa isuzuma ngo hamenyekanye icyishe Karemera Abraham. Uyu mubyeyi yabwiye ikinyamakuru Ukwezi ko nyakwigendera yishwe mu masaha ya saa moya z’umugoroba avuye ku kazi.

    Ingabire Marie Immaculée avuga ko Karemera yavuye ku kazi asanzwe akora cyane ko bo bafite uruhushya rwo gukora muri iyi minsi umujyi wa Kigali uri muri gahunda ya Guma mu rugo, hanyuma yataha akaba ari bwo yicwa n’abagizi na nabi, urwego rw’ubugenzacyaha ngo rukaba rwanataye muri yombi abakekwa.

    Ingabire Marie Immaculée avuga ko nyakwigendera yari atuye hafi y’ahahoze Kaminuza ya KIM, akaba yishwe arimo ataha mu muhanga uca ku kigo cy’amashuri cya Kigali Parents School i Nyandungu mu murenge wa Kimironko mu karere ka Gasabo mu mujyi wa Kigali. Uyu mubyeyi yavuganye n’umunyamakuru afite agahinda ndetse avuga ko atarabasha kwakira urupfu rwa nyakwigendera.

    Source : http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/2/article/Kigali-Umushoferi-wa-Ingabire-Marie-Immaculee-yishwe-avuye-ku-kazi

  • Restaurant z'i Kigali ziratabaza kubera ibihombo – #rwanda #RwOT

    Aba bacuruza Restaurant bagaragaje izi mpungenge mu ibaruwa bandikiye Umuyobozi Mukuru w'Urwego rw'Igihugu rw'Iterambere, RDB, Clare Akamanzi, ndetse banatanga kopi yayo mu Biro bya Minisitiri w'Intebe ndetse no muri Minisiteri y'Ubucuruzi n'Inganda, MINICOM.

    Icyifuzo nyamukuru cy'aba bacuruzi, ni uko Leta yadohoro ku ngamba yashyizeo zo kwirinda Coronavirus, ku buryo aho gufunga saa kumi n'ebyiri z'umugoroba, nk'uko amabwiriza yashyizweho abiteganya muri ibi bihe bya Guma mu Rugo mu Mujyi wa Kigali, nibura bo bakwemererwa gufunga saa tatu z'ijoro, bagakomeza gutanga serivise zabo ku bazikenera mu masaha ya nijoro, ari na yo abamo icyashara cyinshi muri ubwo bucuruzi.

    Mu nyandiko yabo, bagize bati “turandika dusaba ubufasha bwa Goverinoma y'u Rwanda, bwo kwemerera Restaurant z'i Kigali gukomeza gukora muri ibi bihe bya Guma mu Rugo. Amabwiriza yashyizweho yo guhangana n'icyorezo cya Coronavirus yaduteye ibibazo bikomeye, asenya ubushobozi bwacu bwo gutanga serivise ndetse adushyira mu kaga gakomeye ko gufunga burundu no guhomba”.

    Aba bacuruzi ba Restaurant bavuga ko ibihe by'icyorezo byagize ingaruka zikomeye ku bucuruzi bwabo, kuko bushingiye ku ngendo no gusabana kandi ibyo bikabarizwa mu bikorwa byakumiriwe, cyangwa bikagabanywa kuko ari bimwe mu bishobora gukwirakwiza icyorezo cya Coronavirus.

    Bongeyeho ko ubwo bufasha bukenewe bwangu nk'uko byagenze muri Guma mu Rugo yabaye mu mwaka ushize, hagati ya Werurwe na GIcurasi.

    Bagize bati “muri Guma mu Rugo ya mbere, ibikorwa byo gukomeza kugemurira abakiliya bacu byemerewe gukomeza gukora kugeza saa tatu z'ijoro. Ariko amabwiriza yashyizweho ubu asaba ko ibikorwa by'ubucuruzi bifungwa saa kumi n'ebyiri. Ingaruka z'aya mabwiriza ni uko tugomba gufunga saa kumi z'umugoroba kugira ngo abakozi bacu babone uko bataha”.

    “Kubera izo mpamvu rero, ntidushobora gutanga serivise mu masaha y'umugoroba na nijoro, kandi ari bwo ubucuruzi bwacu buba buri kugenda neza cyane, ndetse ari na bwo twinjiza agatubutse. Uko bihagaze kuri ubu, Restaurant zacu zimaze gutakaza amafaranga yinjizwaga ari hagati ya 40% na 50% ku mpuzandengo, kandi aya mabwiriza mashya [atubuza kugemurira abakiliya bacu] ashobora kugabanyaho hagati ya 50% na 60% ku mafaranga yinjiraga”.

    Bongeyeho ko usibye n'ubucuruzi bwabo, aya mabwiriza mashya anabangamiye cyane abantu badashobora kubona uko bajya ku masoko guhaha kuko asigaye afunga kare, bati “kubera gufunga saa kumi n'ebyiri, ntidushobora gutanga amafunguro ya nijoro ku bakiliya bacu bagaragaje ko bakeneye izi serivise – cyane cyane abakozi batabona umwanya wo guhaha n'ababyeyi bigishiriza abana mu rugo ntibabone uko bajya guhaha mu masaha y'umunsi”.

    Mu gihe baramuka bahawe uburenganzira bwo gukomeza imirimo yabo, aba bacuruzi basezeranyije ko bazubahiriza amabwiriza yo kwirinda Coronavirus ndetse ko bazakorana n'ibigo byemewe byo gutwara abantu ku buryo bizajya bicyura abakozi babo.

    Mu gihe nta gikozwe, aba bacuruzi bavuze ko bashobora kuzahomba burundu bagafunga imiryango, kandi bikaba byagira ingaruka ku bukungu bw'igihugu muri rusange kuko byakongera abashomeri, ndetse bikanatuma abahinzi, n'abandi bafatanyabikorwa bungukiraga muri ubu bucurizi bwa Restaurant zabo bahomba.

    Hagati aho, aba bacuruzi basobanura ko bumva neza impamvu z'amabwiriza yashyizweho yo guhangana na Coronavirus, kandi ko icyifuzo cyabo kitazayabangamira, ahubwo ko kizuzanya no kurengera ubuzima bw'abantu, kurinda ibura ry'akazi ndetse n'izindi ngamba za Leta zo kwirinda Coronavirus.

    RDB ari nayo yari yandikiwe, yaje gusubiza ubutumwa bw'iyi baruwa ku rubuga rwa Twitter, bavuga ko “iki cyifuzo cyakiriwe kandi cyaganiriweho n'inzego bireba, gusa icyemezo cyafashwe ni icyo gukomeza kubahiriza amasaha yo gufunga ibikorwa yashyizweho bitewe n'uko icyorezo cya Coronavirus gihagaze mu Mujyi wa Kigali”.

    Gahunda ya Guma mu Rugo yashyizweho mu Mujyi wa Kigali ku wa 7 Gashyantare.

    Support Kigali’s restaurants! Restaurants are going bankrupt & people cant buy dinner after 4:45. Please consider our request from last week to return food delivery hours to 9:00 so we can stay in business #supportKGLstaurants🙏😷@RDBrwanda @RwandaTrade @UrugwiroVillage pic.twitter.com/vJ8BVpEQ0e

    — Andrew Kent (@Afrikent) February 5, 2021

    Support Kigali’s restaurants! Restaurants are going bankrupt & people cant buy dinner after 4:45. Please consider our request from last week to return food delivery hours to 9:00 so we can stay in business #supportKGLstaurants🙏😷@RDBrwanda @RwandaTrade @UrugwiroVillage pic.twitter.com/vJ8BVpEQ0e

    — Andrew Kent (@Afrikent) February 5, 2021

    Food delivery is an essential service for busy workers who don’t have time to cook, especially now with children home from school. It’s difficult for people to get dinner when they cannot buy food after 4:45pm

    — Andrew Kent (@Afrikent) February 5, 2021

    We’re not asking for a return to full capacity and crowds – just a return to the 9pm delivery times that helped us during the original successful lockdown. Murakoze!

    — Andrew Kent (@Afrikent) February 5, 2021

    Hi Andrew.

    This request was received and considered by the national COVID-19 taskforce, however, a decision was made to maintain current curfew due to the COVID-19 situation in Kigali. We take note of this and will present it in the coming days & will keep you posted.Thank you

    — Rwanda Development Board (@RDBrwanda) February 5, 2021

    The end of delivery at 5pm is very complicated for our industry. In April, it´s thanks to the late delivery that we were able to make it. dinner time from 6 to 8 is a critical time bracket for our businesses . @vubavubarw

    — Nathalie Jolitropisme (@NJolitropisme) February 5, 2021

    The situation is even worse with the coffee https://t.co/STkCt0fEoK order something,or you manage to reach the place physically,you just can’t get anything,beyond 14:00 hours,for the management of these coffee shops,are busy,transporting their staff back home

    — Frank SHUMBUSHO (@Frasishu) February 5, 2021

    Resitora zirasaba ko zakwemererwa gukomeza gukora nyuma y’amasaha yo gufunga kw’ibindi bikorwa


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/resitora-z-i-kigali-ziratabaza-kubera-ibihombo

  • Rwamagana: Gitifu arashinjwa kugurisha ibimasa bya Girinka amafaranga akayagabana na nyirayo – #rwanda #RwOT

    Abatuye muri aka gace babwiye TV1 ko uyu muyobozi akurikiranira hafi inka ziba zabyaye ibimasa kugira ngo azabigurishe.

    Umwe mubaturage byabayeho yagize ati “ Ibimasa yabimaze, inka zacu zoze yarazitwambuye yarazitanze kubera ko ngo tutamuhaye amafaranga. Ikimasa aho cyavutse arara agezeyo. Iyanjye yarayinyaze arayitwara kubera ko ikimasa cyayo nakigurishije anca amafaranga ibihumbi 50 ndabibura araza arayinyaga ndarekera.”

    Yakomeje agira ati “ Kwa Mujyarugamba havuye inka y’ikimasa igurwa na Sesonga, kwa Haruna havuye inka, kwa Tereza havuye inka, nakubwira inka nyinshi kwa Gasengayire havuye inka. Ibyo bimasa bijya mugifu cye nta handi bijya kuko nta muturage bari baha ikimasa.”

    Undi mugore na we utuye muri ako kagari yagize ati “ ibimasa rero ukibyaje ubu aho bagicisha iy’ubusamo, bakagenda bakakigurisha bikarangira.”

    Uyu munyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Binunga anashinjwa ko iyo inka ya Girinka ipfuye inyama zayo zikagurishwa, amafaranga ayatwara.

    Umwe mu bo yagurishirije inka yagize ati “ Inka yaje gupfa ibyara noneho gitifu ahamagara abayirangura barayirangura, kugeza ubu ntaraduha amafaranga y’iyo nka.”

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Aka kagari ka Binunga, Nayiramije Evode ,we ahakana ibimuvugwaho. Yavuze ko ibyo abaturage bavuga bidashoboka kuko gahunda ya Girinka mu kagari idakurikiranwa n’umuntu umwe.

    Ati “ Ibyo ndabihakana kubera ko twebwe iyo tugiye guha umuntu inka ni ibintu bikorerwa mu nteko y’abaturage. N’urutonde dufite rw’abantu baba bazwi, n’umurenge uba ubafite , Akarere kaba kabafite no ku rwego rw’igihugu baba babafite nk’abantu bazorozwa.”

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gishari, Rushimisha Marc, na we yunga mu by’uyu muyobozi w’akagari ko ibyemezo bya gahunda ya Girinka bidakorwa n’umuntu umwe, ku buryo amanyanga yakorerwamo atahita amanyekana.

    Ati “ Nubwo rero ntavuga ngo mugize umwere 100% ku gikorwa nk’icyo ariko byanamugora kuko biba byageze mu nzego nyinshi kandi wajya no kureba iyo ruswa yaba ingana ite ajya guha komite ya Girinka yose, nabyo ni bintu umuntu yareba ariko tuba twabikurikiranye muri rusange.”

    Amabwiriza ya Girinka avuga ko igihe havutse ikimasa cyororwa kikagurishwa kimaze gukura, amafaranga akivuyemo akagurwamo inyana igaturwa abandi.

    Abaturage bavuga ko gitifu w’akagari agurisha ibimasa amafaranga avuyemo akayagabana na nyirayo, mu gihe we avuga ko ibyo bidashoboka kuko Girinka ari gahunda ikurikiranwa na benshi

    source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/rwamagana-gitifu-arashinjwa-kugurisha-ibimasa-bya-girinka-amafaranga

  • Uwunganira La Forge Fils Bazeye yamusabiye kuvanwa muri gereza akajyanwa i Mutobo – #rwanda #RwOT

    Aba bagabo bombi bafashwe mu mwaka wa 2018 ubwo bambukaga umupaka bavuye mu gihugu cya Uganda mu nama yari yabahuje n’uruhande rw’undi mutwe w’iterabwoba wa RNC, ariko bakaza gufatwa n’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bagashyikirizwa u Rwanda.

    Mu rubanza rwabo, aba bagabo babanje kwemera ibyo baregwa, aho Bazeye yemeye ko yari Umuvugizi wa FDLR ariko ko atakozwe ibikorwa by’ubwicanyi kuko ibyo yavugaga yabaga yabitegetswe n’abamukuriye.

    Ku rundi ruhande, Abega nawe yemeye ko yari intasi ya FDLR ndetse ko ibitero uwo mutwe w’iterabwoba wagerageje kugaba mu Rwanda yari abizi, n’ubwo ngo adakwiye kubibazwa kuko atari we wabigabaga.

    Mu kwiregura k’uyu munsi, Me Nkuba Milton wunganira Bazeye yatunguranye asaba urukiko ko umukiliya we yakarekuwe ahubwo agasubizwa mu buzima busanzwe nk’uko bigendekera abandi bahoze ari abarwanyi ba FDLR bataha ku neza, aho banyuzwa mu mahugurwa ubundi bagasubizwa mu buzima busanzwe.

    Yagize ati “Bitewe na gahunda Leta y’u Rwanda yihaye yo gukangurira abahoze muri FDLR bagasubizwa mu buzima busanzwe bakaza kwiyubakira igihugu, mbona uwo nunganira na we akwiye gusubizwa mu buzima busanzwe nk’abandi”.

    Ubushinjacyaha bwahise buvuga ko uku kwiregura k’uyu mwunganizi kuvuguruza ibyo Bazeye ubwe we yiyemereye, kuko mu rubanza rwabaye ku wa 10 Ukuboza umwaka ushize, uyu mugabo ubwe yemeye ibyaha bitanu yarezwe ariko agahakana ibindi bibiri, ku buryo kumusabira kurekurwa kandi yemera ibyaha bikomeye bitumvikana.

    Ubushinjacyaha kandi bwunzemo busaba ko abo bagabo bakwiye gusobanura neza ibyavuye mu biganiro bari bagiyemo mu gihugu cya Uganda, icyakora Me Nkuba avuga ko ibyo atari ngombwa kubigarukaho kuko byagarutsweho mbere.

    Aba bagabo bararegwa ibyaha birimo kurema umutwe w’ingabo cyangwa kuwujyamo, kwica abantu no kugaba ibitero ku baturage b’abasivili, gukwirakwiza amakuru atari yo cyangwa icengezamatwara bagamije kwangisha ubutegetsi bw’u Rwanda mu bihugu by’amahanga ndetse no kugirira nabi ubutegetsi buriho.

    Hari kandi kuba mu ishyirahamwe ry’umutwe w’iterabwoba, gukora iterabwoba ku nyungu za politike, ubugambanyi ndetse no kurema umutwe w’abarwanyi cyangwa kuwujyamo.

    Bazeye na Abega bafatiwe muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo ku wa 15 Ukuboza 2018.

    Umwunganizi wa Bazeye yasabye ko umukiliya we arekurwa

    source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/umwunganizi-wa-bazeye-yamuvuguruje-mu-rukiko-biteza-impaka

  • Ubutumwa bwa Madamu Jeannette Kagame ku munsi mpuzamahanga wo kurwanya kanseri – #rwanda #RwOT

    Ibi yabigarutseho kuri uyu wa 4 Gashyantare, ku munsi mpuzamahanga wo kurwanya kanseri, wizihijwe n’insanganyamatsiko igira iti “Ndiho kandi nzabaho”.

    Ni umunsi ukoreshwa n’abatuye Isi muri rusange ku kuzirikana ingaruka zikomeye za kanseri, cyane ko ari indwara ihenze mu kuyivuza, kandi mu bihugu byo ku mugabane wa Afurika n’ibindi bikiri mu nzira y’Amajyambere, iyi ndwara ikaba ihitana abantu benshi.

    Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima, OMS, rivuga ko ubukana bwa kanseri buri kwiyongera cyane ku Isi, dore ko mu mwaka wa 2018, abantu barenga miliyoni 9,6 bishwe na kanseri, bivuze ko umwe mu bantu batandatu bapfuye icyo gihe yazize iyi ndwara.

    Madamu Jeannette Kagame yavuze ko kuri uyu munsi, abantu bakwiye kuzirikana ko uretse imibare itangazwa y’abicwa na kanseri ku Isi, ariko igira n’ingaruka nyinshi ku basigaye.

    Yagize ati “tujye twibuka ko inyuma y’ibaruramibare rya kanseri ku rwego rw’Isi, haba hari umubyeyi, umuvandimwe, umwana, baba batazongera kugira ubuzima nk’ubwo bahoranye nyuma yo gusangwamo kanseri”.

    Kanseri ni indwara yibasira cyane abatuye mu bihugu biri mu nzira y’amajyambere, aho OMS ivuga ko 70% by’impfu ziterwa n’iyo ndwara zibera muri ibyo bihugu.

    Ahanini ibi biterwa n’uko ibyo bihugu biba bidafite ubushobozi, imibare n’ikoranabuhanga rya ngombwa mu kuvumbura kanseri hakiri kare ndetse no kuyivura, aho kimwe mu bihugu bitanu biri mu nzira y’amajyambere ari cyo cyonyine gifite imibare ikwiriye ishobora guherwaho mu gufata ingamba zo kwirinda kanseri.

    Indi mpamvu ikomeje gutera ikwirakwira rya kanseri ni imyitwarire y’abantu, aho igize kimwe cya gatatu cy’abicwa n’indwara ya kanseri ku rwego rw’Isi.

    Iyo myitwarire iteye impungenge irimo indyo idakwiriye, umubyibuho ukabije, kudafata ifunguro ririmo imboga n’imbuto zihagije, kudakora imyitozo ngororamubiri ndetse no kunywa inzoga n’itabi.

    Madamu Jeannette Kagame yavuze ko abantu bakwiye kwigishwa uburyo bashobora guhindura imyitwarire yabo mu rwego rwo kwiyongerera amahirwe yo kudafatwa na kanseri.

    Yagize ati “Mureke twihe intego yo gukomeza kwigisha abantu ku kamaro ko kugira imyitwarire myiza mu buzima bwabo, irimo kwisuzumisha bihoraho, mu rwego rwo kugira ngo abantu bashobore kubona ubuvuzi bwa ngombwa kandi ku gihe”.

    Uko kanseri ihagaze mu Rwanda

    Imibare y’abahitanwa na kanseri mu Rwanda ikomeje kwiyongera, kuko yavuye ku bantu 5 900 mu mwaka wa 2014, igera ku bantu 6 044 mu mwaka wa 2020. Abagabo bapfuye muri 2014 bishwe na kanseri bari 2 584 naho abagore bakaba 3 460.

    Ni mu gihe kandi abarwara iyi ndwara mu Rwanda bageze ku bantu 8 835 mu mwaka ushize, barimo abagabo 3 683 ndetse n’abagore 5 152.

    Mu rwego rwo guhangana n’iyi ndwara, Leta y’u Rwanda yashyize imbaraga mu kongera ubushobozi bw’amavuriro ashobora kuvura iyi ndwara, dore ko asaba ibikoresho bihenze kandi bigezweho, bityo agakenera umwihariko ugereranyije n’amavuriro asanzwe.

    Mu bimaze kugerwaho harimo iyubakwa ry’ibitaro bya Butaro bifite umwihariko wo kuvura kanseri mu Rwanda, ndetse n’ibitaro bya Kanombe bikaba biherutse guhabwa imashini zigezweho ku rwego mpuzamahanga zishobora gupima no kuvura kanseri hakoreshejwe kuyishiririza, bikagira ubushobozi bwo kuvura abantu 150 ku munsi.

    Kanseri zishe abagabo benshi mu Rwanda umwaka ushize harimo iya Prostate yishe abantu 1 054 (28.6%), iy’igifu yishe abantu 322 (8.7%), iy’umwijima yishe abantu 315 (8.6%) ndetse na kanseri ya Colorectum yishe abantu 231 (6.3%). Kanseri y’ibihaha yishe abantu 173 (4.7%) mu gihe izindi kanseri zishe abantu 1 588 (43.1%).

    Ku rundi ruhande, abagore bo bibasiwe na kanseri y’ibere yishe abantu 1 237 (24%), yakurikiwe na kanseri y’inkondo y’umura yishe abantu 1 229 (23.9%), kanseri y’igifu yahitanye abantu 265 (5.1%), kanseri y’umurerantanga yahitanye abantu 204 (4%), kanseri yitwa ’Non-Hodgkin lymphoma’ yishe abantu 178 (3.5%) mu gihe izindi kanseri zishe abantu 2 039 (39.6%).

    Madamu Jeannette Kagame yavuze ko abantu bakwiriye kuzirikana ku ngaruka kanseri isiga, haba k’uyirwaye no ku muryango we

    source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/madame-jeannette-kagame-yagarutse-ku-ngaruka-z-indwara-ya-kanseri-ikomeje

  • Muhanga: Abasaga 100 bafatiwe mu biyobyabwenge mu mezi atandatu ashize #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Litiro zisaga 350 z
    Litiro zisaga 350 z’ibiyobyabwenge zaramenwe

    Urwego rw’Ubushinjacyaha ruvuga ko abakunze gufatwa ari ababikoresha mu munyi wa Muhanga biganjemo urubyiruko, ababicuruza bakaba ngo bakoresha amayeri menshi ku buryo byakomeje kugorana kubahashya burundu.

    Umuyobozi w’Urwego rw’Ubushinjacyaha ku rwego rwisumbuye rwa Muhanga, Nshimyumuremyi Emmanuel, avuga ko gucuruza no gukoresha ibiyobyabwenge biza ku mwanya wa kane n’uwa gatanu w’ibyaha bihungabanya umutekano w’abaturage.

    Avuga ko buri mezi atandatu inzego z’umutekano zihura zikamena zikanatwika ibiyobyabwenge, birimo urumogi na kanyanga biba byatafatanywe abakurikiranyweho kubicuruza no kubikoresha.
    Kuri uyu wa 04 Gashyantare 2021, Urwego rw’Ubushinjacyaha, Polisi n’Urwego rw’ubugenzacyaha (RIB), ni bwo batwitse binamena ibiyobyabwenge byakusanyijwe mu karere ka Muhanga mu gihe ababifatanywe bo bari gukurikiranwa mu butabera.

    Ibiyobyabwenge bafatanywe birimo kanyanga isaga litiro 350 n’udupfunyika dusaga ibihumbi 2,500 tw’urumogi.

    Agira ati, “Iyo tumaze kwegeranya ibiyobyabwenge byafatiriwe mu madosiye dukurikirana turabimena ibindi tukabitwika kugira ngo bidakomeza kwangiza ubuzima bw’abantu, tubikurikiranira hafi kugira ngo bikorwe hatangijwe ibidukikije”.

    Yogeaho ati, “Nibura abafashwe kuri ibi byaha ntibaciye munsi y’abantu 100, ntabwo twamenya aho byiganje cyane ariko hano mu mujyi niho bigurishirizwa ni na ho hari isoko. Gukumira kwa mbere ni ugushyira imbaraga ku gufata ababikoresha, ingamba zirambye ni ugushakisha isoko ryabyo kuko bigenda bitwangiriza urubyiruko”.

    Udupfunyi dusaga 2,500 tw
    Udupfunyi dusaga 2,500 tw’urumogi natwo twatawe mu cyobo turatwikwa

    Nshimyumuremyi kandi avuga ko hari no kurebwa uko n’ababitumiza hanze bazajya bafatirwayo, kuko hari abanyura mu mashyamba no mu zindi nzira zitemewe, kubiheka ku magare na moto, kubihisha mu ifu no mu bindi bintu bitakekwaho ko bitwawemo ibiyobyabwenge.

    Asaba abanyarwanda muri rusange kureka gukoresha ibiyobyabwenge kuko bihombya ishoramari ryabo hakaba banateganyijwe ibihano bikaze kugeza ku gifungo cya burundu ku bafatanwe ibiyobyabwenge bihambaye birimo n’urumogi kandi ko ibyo bihano byatangiye gutangwa agasaba abantu kubireka.


    source https://www.kigalitoday.com/amakuru/amakuru-mu-rwanda/article/muhanga-abasaga-100-bafatiwe-mu-biyobyabwenge-mu-mezi-atandatu-ashize

  • Miss Rwanda 2021: Amajonjora y’ibanze agiye gukorwa hifashishijwe ikoranabuhanga #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Nishimwe Naomie ni we uheruka kwegukana ikamba rya Miss Rwanda 2020
    Nishimwe Naomie ni we uheruka kwegukana ikamba rya Miss Rwanda 2020

    Nk’urubuga ruha imbaraga abakobwa bakiri bato mu gukurikira inzozi zabo no guteza imbere ubukerarugendo bushingiye ku muco, abategura iri rushanwa, mu Ukuboza 2020 batangaje ko hari impinduka zikomeye z’irushanwa ry’umwaka wa 2021, biyemeje kuyobora Miss Rwanda y’uyu mwaka mu buryo bw’ikoranabuhanga n’umuhezo kugira ngo harindwe ubuzima bw’abahatana.

    Umuyobozi ushinzwe itumanaho muri Miss Rwanda, Meghan Nimwiza yagize ati: “Miss Rwanda ni amarushanwa ngarukamwaka abakobwa benshi bifuza kwitabira. Mu myaka yashize, aya marushanwa yaramenyekanye cyane mu Rwanda ndetse no hanze yarwo mu gihe amahirwe atanga na yo yagiye yiyongera buri mwaka.”

    “Tumaze gutangaza Miss Rwanda 2021 no gusuzuma ko abifuza kuzitabira amarushanwa bari bamaze kwiyandikisha kuri murandasi, twatekereje ko ari ngombwa gushakisha uburyo bwo kuyobora amarushanwa mu murongo w’ikoranabuhanga ndetse n’umuhezo aho kuyasubika.”

    Bitewe n’icyorezo cya COVID-19 n’ingamba zo kwirinda ziriho, abategura Miss Rwanda bateguye gahunda ifatika hamwe n’umurongo ngenderwaho uzatuma Miss Rwanda yo mu 2021 ikorwa ariko mu buryo bwizewe mu kurengera ubuzima, haba ku bahatana ndetse n’abategura.

    Muri gahunda nshya, ibyiciro bitanu byose byo gutora bizakorwa neza, aho amajonjora n’ibindi bikorwa by’ibanze bizaba hifashishijwe ikoranabuhanga naho ‘pre-selection,’ umwiherero na finale bikorwe hifashishijwe uburyo bw’umuhezo.

    Mu gice cy’amajonjora y’ibanze, abazitabira amarushanwa bazasabwa gutanga amashusho yabo n’ibisabwa byihariye, abagize akanama nkemurampaka bazabisuzuma hanyuma bashingiye ku nsanganyamatsiko y’‘ubwiza, ubuhanga n’umuco’, hatorwe abahatana bujuje ibisabwa.

    Abazitabira amarushanwa bazanyura mu igenzura hamwe n’itsinda ryose ritegura irushanwa bakorerwe ikizamini cya PCR COVID-19 hanyuma bashyirwe mu muhezo aho ibyiciro byose bizakurikira bizabera kugeza kuri finale.

    Nimwiza yakomeje agira ati: “Iyi gahunda yaragenzuwe kandi yumvikanyweho n’impande zose n’abaterankunga nyuma y’inama zitandukanye. Ibyiciro byose bizamenyeshwa kandi abaturage bazakurikirana amakuru y’irushanwa yose ku Kigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru (RBA) n’ibindi bitangazamakuru bitandukanye.”

    “Ibikorwa byinshi ku isi byabaye ngombwa ko bihinduka mu buryo bushya nyuma y’iyaduka ry’iki cyorezo, ntacyabuza na Miss Rwanda. Inzira zose zarashakishijwe kugira ngo imyiteguro y’irushanwa rya 2021 ikorwe neza, nk’ibindi bikorwa byinshi ku isi.”

    Kwiyandikisha kuri murandasi birakomeje ariko bizasozwa ku ya 8 Gashyantare 2021. Icyemezo cyo gukomeza iyi myiteguro cyaje nyuma y’isuzuma ryakozwe, ryerekanye ko amajonjora ya Miss Rwanda ashobora gutegurwa hifashishijwe uburyo bw’ikoranabuhanga ry’amashusho.

    Nimwiza yongeyeho ati: “Iki cyemezo cyatewe ahanini n’uko abakobwa benshi bari bamaze kwiyandikisha kandi bagaragaza ko bifuza kwitabira kandi ntitwashoboraga kubabuza amahirwe. Turizera ko icyorezo kizagabanuka vuba kugira ngo habeho urwego runaka rw’ibisanzwe ariko bitabaye ibyo, ubuzima bugomba gukomeza ariko mu buryo bw’ubwirinzi.”

    Mu mpinduka nshya, kwiyandikisha bizarangira ku ya 8 Gashyantare mu gihe ibikorwa by’amajonjora y’ibanze byo bizatangira kuva ku ya 9 Gashyantare kugeza ku ya 18 Gashyantare. Kuva ku ya 19 Gashyantare, abategura bazatangira kwerekana abahagarariye intara zitandukanye bazaba batsinze amajonjora y’ibanze.

    Gutora kuri murandasi na SMS bizatangira ku ya 22 Gashyantare kugira ngo hamenyekane abazaba batsindiye imyanya ya mbere 20. Abahatana bazinjira mu muhezo ku ya 3 Werurwe mu gihe ‘pre-selection’ yo gutoranya izaba ku ya 6 Werurwe.

    Abahatana 20 ba mbere, bazagera mu cyiciro cya nyuma, bazajya mu mwiherero uzatangira ku ya 6 Werurwe kugeza ku ya 20 Werurwe, ubwo hazaba ari ku munsi wa nyuma w’irushanwa. Finale izabera kuri Kigali Arena kandi izaba itambuka kuri RBA.

    Ku ya 11 Ukuboza 2020, abateguye Miss Rwanda batangaje impinduka zikomeye mu irushanwa rya Miss Rwanda 2021, ryiswe ‘Miss Rwanda y’impinduka’, nyuma y’amavugurura mu mitegurire, ryakinguye amarembo ku bakobwa benshi mu gihe ibihembo na byo byavuguruwe.

    Uzegukana ikamba rya Miss Rwanda hamwe n’abazatsindira amakamba atandukanye bazahabwa ibihembo n’inyungu nyinshi mu rwego rwo gutuma aya marushanwa aha imbaraga abakobwa benshi bashoboka.

    Mu mpinduka nshya, imyaka yemewe isabwa uwitabira yongerewe kuva kuri 18 kugeza kuri 24 igera kuri 18 kugeza kuri 28, mu gihe uburebure bwasabwaga bwavanyweho. Abitabira amarushanwa bagomba kuba bari mu rwego rwiza rw’umubiri (BMI).

    Bitandukanye no mu marushanwa y’imyaka yashize, uwatsindiye Miss Rwanda 2021, abatsindiye andi makamba n’abageze mu cyiciro cy’umwiherero bazashyigikirwa mu buryo butandukanye, harimo gutera inkunga imishinga yabo n’impano zabo nziza mu gihe cy’umwaka wose.

    Ni inkuru dukesha abategura Miss Rwanda 2021


    source https://www.kigalitoday.com/imyidagaduro/ibirori/article/miss-rwanda-2021-amajonjora-y-ibanze-agiye-gukorwa-hifashishijwe-ikoranabuhanga

  • Kwisuzumisha mu buryo buhoraho bifasha umurwayi kuvurwa hakiri kare – Jeannette Kagame #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Madamu Jeannette Kagame yashishikarije abantu kwisuzumisha uburwayi nka Kanseri hakiri kare kandi mu buryo buhoraho kugira ngo abo babusangamo bavurwe batararemba (Ifoto yo mu bubiko)
    Madamu Jeannette Kagame yashishikarije abantu kwisuzumisha uburwayi nka Kanseri hakiri kare kandi mu buryo buhoraho kugira ngo abo babusangamo bavurwe batararemba (Ifoto yo mu bubiko)

    Ibi yabigarutseho kuri uyu wa Kane tariki 04 Gashyantare 2020 ku munsi mpuzamahanga wo kurwanya Kanseri.

    Mu butumwa bwe, Madamu Jeannette Kagame yavuze ko abantu bakwiriye kuzirikana ko iyo babasanzemo uburwayi cyane cyane nka Kanseri, ubuzima bwabo buhinduka ntibukomeze kuba nk’uko bwari bumeze mbere.

    Yagaragaje rero ko ku munsi nk’uyu wo kurwanya Kanseri, abantu bakwiriye kujya bisuzumisha mu buryo buhoraho kugira ngo babeho neza, batekanye. Ibi ngo byanafasha uwagaragaraho uburwayi guhabwa ubuvuzi akeneye kandi ku gihe.

    source https://www.kigalitoday.com/ubuzima/ubuvuzi/article/kwisuzumisha-mu-buryo-buhoraho-bifasha-umurwayi-kuvurwa-hakiri-kare-jeannette-kagame