Tag: featured

  • Ese hari inzu z’abaturage zitemerewe guterwamo umuti wica imibu itera Malaria? –

    Muri iki gihe mu turere tumwe na tumwe icyo gikorwa kiri gukorerwamo, hari abaturage bagifite iyo myumvire bakagaragaza izo mpungenge ndetse bigatuma binangira gutererwa umuti.

    Mukanyandwi Clementine wo mu Karere ka Nyanza yabwiye IGIHE ko afite impungenge ko uwo muti ushobora kumugiraho ingaruka kuko atwite inda nkuru.

    Ati “Njyewe impungenge mfite ni uko ntwite kandi noneho nkunze kugira umwuka muke, nkumva no kuvuga biranze. Impungenge mfite ni uko bawutera ukanukira bikanteza ibibazo.”

    Undi muturage wo mu Karere ka Huye utifuje ko amazina ye atangazwa yavuze ko adashobora kwemera ko batera umuti wica imibu mu nzu ye kuko afite umwana muto w’uruhinja bikaba byamugiraho ingaruka.

    Ati “Njyewe ntabwo nakwemera ko uriya muti bawutera mu nzu kandi mfite uruhinja. Erega ni uburozi, nonese ko bawutera imibu igapfa kandi bagasaba ko twese dusohoka n’ibintu tukabisohora mu nzu byose?”

    Umuyobozi wa Porogaramu y’Igihugu yo kurwanya Malaria muri RBC, Dr Mbituyumuremyi Aimable, yabwiye IGIHE ko muri rusange nta mpamvu n’imwe yatuma urugo rudaterwamo umuti wica ariko hari impamvu zishobora gutuma hari ahadaterwa.

    Ati “Ubusanzwe nta mpamvu n’imwe yatuma urugo rudaterwamo umuti kuko ingamba zishyirwaho n’ibisobanuro bitangwa ni uko mu gihe cyo gutera umuti nta muntu wagombye kuba ari mu nzu. Basohokamo n’ibikoresho byabo n’amatungo bakayashyira kure, hanyuma bamara gutera umuti abantu bakagaruka nyuma y’amasaha abiri bagakurikiza amabwiriza bahabwa. Ibyo rero iyo byubahirijwe neza nta rugo na rumwe rugomba kudaterwa umuti.”

    “Keretse aho tudatera gusa ni mu rugo rurimo umuntu urembye, atabasha gusohoka ngo ajye hanze uretse yagombye kuba ari kwa muganga ntarembere mu rugo, ariko nk’aho dusanze nk’umubyeyi yaraye abyaye yatashye ntabwo wamubwira ngo asohokane n’uruhinja rw’umunsi umwe ngo bajye mu rundi rugo cyangwa se bajye ahandi.”

    Dr Mbituyumuremyi avuga ko aho honyine ari ho bashobora gusimbuka ntibahatere umuti ariko ahandi hose n’ubwo haba hari umugore utwite cyangwa umwana mutoya babasha kuba basohoka bakava mu nzu bawuhatera.

    Yibukije abatera umuti ndetse n’abaturage bawutererwa kubahiriza amabwiriza ajyanye nawo kugira ngo icyo utererwa kigerweho.

    Yavuze ko inzu iyo imaze guterwamo umuti imara amasaha abiri ifunze, nyuma yayo bagafungura inzugi n’amadirishya mu gihe cy’iminota 30 hakinkiramo umuntu agakoramo isuku maze abantu bagasubiramo ndetse bakinjiza n’ibikoresho byabo bari basohoye.

    Yasobanuye ko impumuro itari nziza yumvikana mu nzu iyo hakimara guterwa umuti wica imibu, ntacyo ishobora guhungabanya ku buzima bw’umuntu bityo abafite impungenge bakwiye kuzishira.

    Abatanga ibitekerezo kuri iyo ngingo bavuga hagikenewe ubukangurambaga kugira ngo abaturage bafite impungenge basobanukirwe neza.

    Ubwo Dr Mbituyumuremyi yatangizaga igikorwa cyo gutera umuti wica imibu itera Malaria mu Karere ka HuyeUbwo Dr Mbituyumuremyi yatangizaga igikorwa cyo gutera umuti wica imibu itera Malaria mu Karere ka Huye

    Dr Mbituyumuremyi avuga ko muri rusange nta mpamvu n’imwe yatuma urugo rudaterwamo umuti wica imibu itera Malaria ariko hari impamvu zishobora gutuma hari ahadaterwa

    Abajyanama b’ubuzima ni bo bari gukora igikorwa cyo gutera umuti wica imibu itera Malaria mu nzu z’abaturage

    [email protected]


  • Prof Lyambabaje yahize gushyira UR ku rwego rukururira amahanga kuyihahamo ubumenyi –

    Ibi Prof Lyambabaje yabigarutseho ku wa 12 Gashyantare 2021 ubwo habaga umuhango wo guhererekanya ububasha hagati ye na Dr Papias Malimba Musafiri wari umaze igihe ayobora iyi kaminuza by’agateganyo.

    Prof Lyambabaje yavuze ko nyuma y’uko Banki y’Isi ishyizeho ibigo by’icyitegererezo mu bihugu umunani bya Afurika harimo n’u Rwanda, aribwo abanyeshuri b’abanyamahanga batangiye kwiga mu Rwanda gusa ariko hagikenewe kongerwamo ingufu.

    Yagize ati “Tugomba kugira porogaramu nziza zirimo abarimu b’abahanga bigisha neza, ku buryo umuntu yifuza akavuga ati aho kujya i Burayi ngiye kujya kwiga mu Rwanda.”

    Yakomeje avuga ko hagomba gushyirwamo imbaraga, Kaminuza y’u Rwanda ikagira porogaramu zihamye, maze ibyiza byayo bikamenyekanishwa hirya no hino ku Isi ikaganwa na benshi ngo kuko umukobwa wabuze umuranga yaheze mwa nyina.

    Prof Lyamababaje yafatiye kuri uyu mugani avuga ko na Kaminuza igomba kugira abaranga bamenyekanisha ibyiza byayo ndetse haboneka inenge, abantu bagakeburana kugira ngo hakomeze kubaho iterambere.

    Ati “Ukaza ukabwira wa muyobozi uti ariko mu gikari cyawe hari aho nanyuze nabonye ikintu kitari ku murongo, bityo tugafatanya hagati y’itangazamakuru, hagati y’inzego za Leta n’inzego za Kaminuza kugira ngo duhigane n’ibyo bigo bindi biri hanze noneho tubone abanyeshuri benshi baza kwiga iwacu.”

    Prof Lyambabaje yavuze ko mu bintu bya mbere igihugu cyungukira ku banyeshuri b’abanyamahanga ari ubwenge n’amafaranga, avuga ko impamvu ibihugu nka Leta Zunze Ubumwe za Amerika biba byarateye imbere, ari ukubera abanyeshuri bajya kwigayo benshi baturutse hirya no hino ku Isi bakabungukaho ubumenyi bwinshi maze bakabubyaza umusaruro.

    Yagize ati “Amerika yateye imbere kubera gusarura ubwenge ku Isi yose, abanyeshuri bose b’Abashinwa, Abanyafurika, abazungu, iyo ugiye kureba ubushakashatsi butangazwa cyangwa udushya twahanzwe muri Amerika ntabwo ari Abanyamerika kavukire babikora.”

    Yakomeje avuga ko no mu Rwanda hakeneye ko abanyeshuri baza kuhiga bagakora ubushakashatsi mu gihugu, maze kikarahura ubwenge bwabo, kikinjiza amafaranga, kuko abanyeshuri b’abanyamahanga bayazana menshi, ndetse n’imibanire ikiyongera hagati y’abantu badahuje imico.

    Prof Lyambabaje Alexandre yagizwe Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza Nkuru y’u Rwanda tariki 2 Gashyantare 2021, asimbuye Dr Musafiri Papias Malimba wari Umuyobozi wayo w’agateganyo na we wasimbuye Prof Phil Cotton wacyuye igihe.

    Prof Lyambabaje yahize kugira Kaminuza y’u Rwanda ahantu Abanyafurika baza kurahura ubwenge

  • Rutsiro: Abahinzi ba kawa bahawe miliyoni 8,5 Frw z’ubwasisi –

    Izi mpanuro bazihawe kuri uyu wa Gatanu ubwo bari mu gikorwa cyo guhabwa miliyoni 8 n’igice nk’ubwasisi bwavuye ku nyungu yabonetse ku musaruro wabo ku nshuro ya mbere.

    Aba bahinzi ba kawa bavuze ko bishimiye kuba babonye ubwasisi ku nshuro ya mbere bahiga kongera umusaruro.

    Gakuru Francine yavuze ko yishimye kuba abashije kubona ishimwe ku nshuro ya mbere asaba bagenzi be kwita ku ikawa zabo.

    Ati “Ku myaka yange 68 ndishimye cyane bampembye kuko nakoreye kawa zanjye ni ishimwe z’ingufu z’amaboko nakoresheje, ubu ngiye kongera imbaraga ndebe ko ubutaha bazampa amafaranga yisumbuyeho ndasaba bagenzi banjye kwita kuri kawa bakazisasira kuko ubu tubonye ko zifite akamaro.’’

    Munyagisenyi Eric nawe uhinga kawe yavuze ko ashimishijwe n’ubwasisi ahawe ashimangira ko agiye kongera umusaruro ubutaha akazabona ayisumbuyeho.

    Ati “maze guhabwa ibihumbi 30 500Frw kuri toni ebyiri nagemuye tubyakiriye neza isomo biduhaye ni ukurushaho gukorera kawa kugira ngo irusheho kuduteza imbere ndangira inama bagenzi banjye yo guharanira kongera umusaruro kugira ngo nabo biteze imbere.’’

    Umuyobozi w’uruganda Hobe Coffe Company Ltd rumaze imyaka ibiri rukorana n’aba baturage, Sugira Jean Claude yavuze ko nubwo abahinzi baba barishyuwe ariko nk’uruganda bagomba kubashimira ku nyungu yinjiye.

    Ati “aba baturage baje gufata ubwasisi bw’afaranga yaturutse ku nyungu twabonye nubwo tuba twarabishyuye mbere ariko inyungu iyo ibonetse tubabarira amafaranga 30 ku kilo ku bagemuye kawa nziza na 15 ku zisanzwe, aba bahinzi uko ari 838 twabasabye gukorera kawa zabo bakongera umusaruro mu bwinshi n’ubwiza.’’

    Umuyobozi w’Akarere ka Rutsiro wungirije ushinzwe ubukungu n’iterambere, Gakuru Innocent yashimye inganda za Kawa kuko zatumye abaturage babona amafaranga abafasha mu buzima bwa buri munsi.

    Ati: “Ziriya nganda zatumye kawa yitabwaho cyane, itunganywa mu buryo bunoze, mbere wasangaga kawa abahinzi bazihera, zikaboneka zidafite ubwiza zakagombye kugira ku isoko mpuzamahanga, ariko ubu usanga itunganyije neza. Ibyo bituma abaturage babona amafaranga abafasha kwiteza imbere.”

    Imibare itangwa n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe kwita ku musaruro w’ibyoherezwa hanze mu buhinzi n’ubworozi (NAEB), igaragaza ko mu Rwanda imiryango 400 000 itunzwe n’ubuhinzi bwa kawa.

    Ku mwaka nibura u Rwanda rweza toni 16 000 kugeza kuri toni 21 000. Kawa ihingwa ku buso bungana na hegitari 42,000 ziganjemo izo mu bice by’imisozi miremire.

    Abahinzi bishimiye guhabwa ubwasisi ku nshuro ya mbere

    Umwe muri aba bahinzi ahabwa amafaranga ye yagenewe nk’ubwasisi

    Gakuru yavuze ko yishimye kuba abashije kubona ishimwe ku nshuro ya mbere asaba bagenzi gusasira kawa

    Aba bahinzi bahawe ubwasisi n’uruganda basanzwe bagemurirwa

  • Umunyamakuru Gutermann agiye gutangiza ishuri ry’abatishoboye –

    Uyu musore ubusanzwe afite umuryango ufasha abana batishoboye witwa ‘Nufashwa Yafasha’. Ni umuryango yashinze nyuma y’ubuzima yanyuzemo bugoye kugira ngo abe uwo ariwe kugeza ubu.

    Ibi bikorwa byo gufasha Guterman yabitangiriye aho akomoka mu Murenge wa Ngarama, mu Karere ka Gatsibo, I Ntara y’Uburasirazuba ariko akaba afite gahunda yo kubyagurira no bindi bice by’igihugu.

    Nyuma y’igihe yari amaze ashinze umuryango wo gufasha, ubu ari kubaka ishuri ry’inshuke rizajya ryigamo abana batishoboye asanzwe afasha.

    Guterman yabwiye IGIHE ko ari inzozi yari amaranye iminsi none ubu zikaba zitangiye kuba impano.

    Ati “Kuva kera nahoze nifuza gukora ikintu nk’iki ni inzozi nahoranye none ntangiye kuzikabya. Dushaka gukomeza guteza imbere igihugu, binyuze mu bikorwa bitandukanye kandi bitangiye gukunda.”

    Bari bamaze igihe aba bana bigira ahantu hakondeshejwe bikagorana kubera ko bisaba ubundi bushobozi burenze.

    Iri shuri bari kubaka rizaba rifite ibyumba bitatu,ibiro, ubwiherero n’igikoni. Avuga ko ateganya ko rizaba ishuri ryagutse mu minsi iri imbere bitewe n’ubushobozi azagenda abona.

    Mu Ukwakira 2019 uyu muryango we wegukanye igikombe cya serivise nziza nk’umuryango utari uwa Leta w’ubugiraneza.

    Umuryango Nufashwa Yafasha ugamije gufasha abana baturuka mu miryango itishoboye watangiye mu 2014, aho umaze gukora ibikorwa byo kuzamura imibereho y’abana batishoboye n’imiryango yabo.

    Ahanini ubushobozi ufite buturuka ku gukusanya inkunga ku bwitange bw’abagiraneza batandukanye (abantu ku giti cyabo n’indi miryango itanga ubufasha).

    Mu bikorwa uyu muryango wakoze kandi ugikora harimo gusubiza abana mu mashuri, aho umaze gusubiza no gufasha abana kwiga barenga 120 bahabwa ibikoresho by’ishuri ndetse no gufasha imiryango ikennye ihabwa amatungo magufi nk’ihene, muri ibi bikorwa umaze koroza imiryango ijana. Uyu muryango watangije irerero ry’abana bato ryigamo abagera kuri 60.

    Abandi biga mu mashuri asanzwe 50 bagurirwa imyambaro, bakishyurirwa ishuri ndetse n’imiryango yabo igafashwa kwiteza imbere binyuze mu kuboroza no mu itsinda bashinze bise ‘Agaseke k’amahoro’ baboheramo ibiseke.

    Uyu munyamakuru akaba n’umuyobozi w’uyu muryango, yumva ko ari inshingano ze gufasha umuryango mugari w’abanyarwanda. Aho agira ati “Ntibisaba ibya mirenge”.

    Intara y’Iburasirazuba niyo Guterman akoreramo ibikorwa bye , ariko ateganya ko igikorwa kizagera mu gihugu hose.

    Imirimo yo kubaka iri shuri irarimbanyije

    Iri shuri rizigamo abana badafite ubushobozi

    Guterman yatangiye guhindura ubuzima bw’abana batishoboye ahereye ku b’iwabo ku ivuko

    Aba bana bafashwa na Nufashwa Yafasha bishimira igihembo uyu muryango wahawe

    Guterman yatangiye guhindura ubuzima bw’abana batishoboye ahereye ku b’iwabo ku ivuko

  • The East African yakora byiza kurushaho ku bigendanye n’uko itanga amakuru kuri COVID-19 –

    Ubushobozi buke ni yo mpamvu nyamukuru ituma aho kugira ngo itangazamakuru “ryacu” rimenyeshe Abanyafurika ibigendanye n’uko byifashe muri politiki yabo bikora ku buzima bwabo, usanga akenshi rishishikariye gutuma Afurika igaragara nk’iyo kugirirwa impuhwe. Urebeye no kuri iyi nkuru.

    Icya mbere, igitekerezo cy’uko “Igihugu [u Rwanda] rwadohotse rukazahazwa n’ubwandu bushya bw’icyorezo” ni ugusobanura nabi kuko kitabasha kumva imibare ihari ndetse n’ingamba zashyizweho na Guverinoma y’u Rwanda kuva iki cyorezo cyatangira.

    Ahubwo umuntu akwiye kumva ko ingamba za mbere zashyizweho icyorezo kikiza zirimo na Guma mu rugo mu gihugu hose, zahaye guverinoma umwanya wo kubaka ibikorwa remezo byari bikenewe mu guhangana n’ubwandu mbere y’uko ibikorwa byongera gufungurwa.

    N’ubwo bigaragara ko hari ubwiyongere bw’ubwandu, bikwiye kureberwa mu ndorerwamo y’uko ubushobozi bwa guverinoma bwo gupima, gukurikirana abahuye n’abanduye no kwita ku barwayi bwiyongereye, ibyo byatumye u Rwanda rubasha kubona uko icyorezo gihagaze mu gihugu hose no gushyiraho ingamba zigendanye n’agace runaka zirimo na Guma mu rugo bishingiye ku mibare.

    Ibitangaje ahubwo ni uko Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS) ndetse n’ibindi bihugu bishyira u Rwanda mu myanya y’imbere mu bihugu byashyizeho ingamba zitanga umusaruro mu guhangana n’icyorezo, none The East African iremeza ko ngo u Rwanda rwadohotse cyane, ibintu bitari ukuri ahubwo bikaba bishyigira icyemezo cy’u Bwongereza cya politiki cyo guhagarika abagenzi bavuye mu Rwanda, cyamaganywe n’u Rwanda rukavuga ko kidashingiye kuri siyansi. Niba atari siyansi rero, ubwo ni politiki.

    Icya kabiri, ikinyamakuru cyo muri “Afurika” gikwiye kwibaza aho u Bwongereza bwashingiye busaba u Rwanda “gushyiraho ingamba za demokarasi n’ amategeko bijyanye n’Umuryango w’Ibihugu bivuga Ururimi rw’Icyongereza ndetse no kubahiriza uburenganzira bwa muntu.”

    Igikomeye kurushaho, ubusesenguzi bushingiye ku bimenyetso bwakozwe na The East African bw’uko umubano hagati y’u Rwanda n’u Bwongereza uhagaze, bwari bukwiye kubona ko hari ikintu kitagenda ubwo Guverinoma y’u Bwongereza yitwaraga nk’aho u Rwanda ruri gushya ariko bukagumya guceceka ku birebana n’amarorerwa ya buri munsi akorerwa hakurya muri Uganda.

    Ahubwo uku kuvangura mu isuzuma ry’iyubahirizwa ry’amahame ya Commonweath mu Karere byatumye hazamuka ibibazo byinshi Guverinoma y’u Bwongereza ikwiye gusubiza. Ese inyungu z’ubuyobozi bwa Uganda zihuye n’iz’u Bwongereza? Ese Uganda iri gushakira mu mahanga kwemerwa itaboneye mu gihugu imbere, ubwo yashakaga inkunga mu myifatire yayo yo kurwanya u Rwanda?

    Ese ni iki Guverinoma y’u Bwongereza ishaka muri Uganda kugeza ubwo ishyigikira gahunda zibasira igihugu gifite inshingano zikomeye zo gukora zirimo kongera imibereho myiza y’abaturage ndetse no gushyiraho agahigo mu gukumira ikwirakwira rya COVID-19?

    The East African ikwiye kurengera inyungu z’Akarere kacu aho gushyigikira ibi byemezo bibogamye, ikwiye kotsa igitutu u Bwongereza aho kuba u Rwanda, bugasobanura ibyemezo n’imyifatire yabwo bigaragara ko bishyigikira umuturanyi wangana.

    Ibikubiye muri iyi nyandiko ni ibitekerezo bwite bya Albert Rudatsimburwa. Yatangajwe bwa mbere muri The New Times mu Cyongereza ihindurwa mu Kinyarwanda na IGIHE.


  • USA : Trump yagizwe umwere ubugirakabiri #rwanda #RwOT

    Perezida Donald Trump uheruka gutsindwa amatora y’Umukuru w’Igihugu, yari amaze icyumweru aburanishwa n’Inteko igizwe n’Abasenateri nyuma yo kumutakariza icyizere kubera gushinjwa kuba ari we wateje imyigaragambyo yabaye muri Mutarama uyu mwaka.

    Abasenateri 57% ni bo batoye bamuhamya icyaha mu gihe 43% batoye bakimuhanaguraho mu gihe itegeko riteganya ko kimuhama ari uko umubare w’abakimuhamya ugeze muri 67%.

    Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, Nancy Pelosi yavuze ko Trump ahanaguweho icyaha cyo gushyigikira kiriya gitekerezo cy’iriya myigaragambyo yaguyemo abantu batanu.

    Gusa yavuze ko ibi bidaha abaturage uburenganzira bwo kurenga ku mategeko bakajya gukora ibikorwa bibi ku nteko Ishinga Amategeko.

    Trump atsinze ubugirakabiri kuko no muri Gashyantare umwaka ushize wa 2020 na bwo Sena yari yamuhanaguyeho ikirego cyo kumweguza ubwo Abasenateri 52 % kuri 48% bari batoye bamugira umwere ku kirego cyo gukoresha nabi ububasha n’umwanya yari afite.

    Icyo gihe kandi inteko yari yatoye imugira umwere ku majwi 53% kuri 47% ku kirego cyo kubangamira akazi k’inteko Ishinga Amategeko.

    UKWEZI.RW

    Source : http://www.ukwezi.rw/Mu-mahanga/Politiki/article/USA-Trump-yagizwe-umwere-ubugirakabiri

  • Cristiano Ronaldo yongeye kwandika amateka ku mbugankoranyambaga. – YEGOB #rwanda #RwOT

    Rutahizamu w'ikipe ya Juventus, Cristiano Ronaldo akomeje gukora amateka ku mbuga nkoranyambaga aho yujuje igice cya Miliyari y'abamukurikira ku mbuga ze zitandukanye. Kugeza ubu amafaranga Cristiano asarura ku mbuga nkoranyambaga ze, aruta umushahara ahembwa muri Juventus akinira.

    Ku rubuga rwa Instagram, Ronaldo afite abantu Miliyoni 261 bamukurikira, bimugira umwe mu bakurikirwa cyane ku Isi, Kuri Facebook afite miliyoni 125 zamukunze ndetse na miliyoni 147 z'abamukurikira, mu gihe kuri Twitter akurikirwa na Miliyoni 91.

    Kuri konte ye ya YouTube yari yarasinziriye idakora mu myaka 4 ishize, ubu ifite abarenga miliyoni bayisura.

    Umukunzi we Georgina Rodriguez, nawe abamukurikira bari kwiyongera cyane uko bwije n'uko bukeye, kuko ubu agejeje Miliyoni 24 z'abamukurikira ku mbuga nkoranyambaga.

    Imbuga nkoranyambaga ni kimwe mu byinjiriza Ronaldo agatubutse, kuko amafaranga asarura mu bafatanyabikorwa yamamariza ku mbuga nkoranyambaga ze ndetse nawe ubwe, aruta cyane umushahara ahembwa buri kwezi muri Juventus.

    Ubuyobozi bwa Juventus bukaba bwaratangiye ibiganiro na Jorge Mendes ushinzwe gushakira amakipe Ronaldo, kuri gahunda yo kongera amasezerano, aho bateganya kumwongerera andi mezi 12, ku masezerano yari asanzwe afite azarangira mu 2022.

    Iyi kipe y'ubukombe mu Butaliyani yifuzaga kwishyura Ronaldo umushahara uhanitse, gusa bishobora kutazashoboka mu masezerano mashya bazasinya, kubera icyorezo cya COVID-19.

    Juventus yishyura Cristiano Miliyoni 31 z'ama-Euro nk'umushahara wa buri mwaka.

    Kugeza magingo aya, Cristiano agaragaza ko yishimiye cyane ubuzima abayemo mu Butaliyani, haba mu buryo bw'umusaruro ndetse no kuryoshya ubuzima nk'uko aba abyifuza, ndetse abari hafi ye batangaza ko yifuza kuguma muri iyi kipe.

    Mu myaka hafi itatu Cristiano amaze muri Juventus, umuyobozi mukuru w'iyi kipe, Andrea Agnelli, yatangaje ko kubyo iyi kipe yinjizaga hiyongereyeho 15%.

    Bamwe mu basesenguzi ba ruhago ku Isi, batangaza ko uburyo bwiza kuri Juventus bwo guhangana n'ingaruka z'icyorezo cya Coronavirus, ari ukugumana Cristiano umuterakunga ukomeye ku Isi.

    Agnelli na Ronaldo bamaze igihe kirekire ari inshuti magara, ndetse icyifuzo cy'uyu mukinnyi, ni ugukomeza gukinira Juventus mbere yuko yerekeza i Lisbon aho ateganya gusoreza umwuga we wo gukina ruhago.

    Like this:

    Like Loading…

    Source : https://yegob.rw/cristiano-ronaldo-yongeye-kwandika-amateka-ku-mbugankoranyambaga/

  • Rusizi : Abambaye gisirikare banafite intwaro barashe umuturage #rwanda #RwOT

    Aba bantu bitwaje intwaro banambaye imyenda ya gisirikare, baje muri uriya Murenge uhana imbibi na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, umwe mu baturage avumbura ko ari abajura, bahita bamurasa ariko ntiyapfa akaba yarahise ajyanwa ku bitaro bya Gihundwe muri kariya Karere.

    Bariya bantu baje mu Kagari ka Kabahinda muri uriya Murenge wa Mururu mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu, babanje gushyira hamwe abaturage babambura amafaranga ku buryo bagiye bamaze kubakuramo 30 000 Frw.

    Umuyobozi wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu mu Karere ka Rusizi, Kankindi Leoncie yavuze ko uwarashwe yahise ajyanywa 'kwa muganga bari kumuvura kandi biragaragara ko azakira vuba kuko ntabwo yangiritse cyane.'

    Uyu muyobozi avuga ko bakoranye inama n’abaturage kugira ngo babahumurize kugira ngo ntibacikemo igikuba kuko bariya ari abajura atari abagizi ba nabi.

    Yagize ati 'Ejo twasuye abaturage tujya inama turabahumuriza tubigisha gutanga amakuru ku gihe na nimero bajya bayatangaho. Inzego z’umutekano zirimo zurabikurikirana zishakisha amakuru n’abacyetswe.'

    Inzego z’umutekano n’iz’ubuyobozi bw’ibanze zahise zitangira iperereza kugira ngo zimenye bariya bakoze kiriya gikorwa.

    UKWEZI.RW

    Source : http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/2/article/Rusizi-Abambaye-gisirikare-banafite-n-intwaro-barashe-umuturage

  • Kicukiro: Hasenywe inzu y'umuturage ushinjwa kwigomeka, we akavuga ko yazize kudatanga ruswa – #rwanda #RwOT

    Mu murenge wa Kigarama, mu Kagari ka Nyarurama, Umudugudu wa Rebero ni mu birometero bisaga bibiri uvuye aho ibiro by'Umurenge byubatse, hakaba muri metero 100 uvuye ku muhanda wa kaburimbo ahari inzu yubatswe na Kavumbi Ildephonse, ubuyobozi bushinja kwigomeka.

    Uyu mugabo ashinjwa kuba yaratse uburenganzira bwo kubaka inzu, we akubaka ibitandukanye ndetse agashaka no kubaka mu muhanda.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Umurenge wa Kigarama, Umubyeyi Mediatrice yasobanuye ko impamvu yo gusenyera Kavumbi ari uko yarengereye umuhanda.

    Ati 'Yahawe icyangombwa ariko ararengera yubaka ibitajyanye n'icyo cyangombwa , yubaka no mu muhanda. Uretse no kubaka mu muhanda ariko yubatse n'inzu z'ubucuruzi kandi atari cyo icyangombwa kivuga.'

    Umubyeyi avuga ko Kavumbi yagiye agirwa inama mu bihe bitandukanye ariko agasuzugura.

    Yagize ati 'Yandikiwe amabaruwa agera kuri atatu, ariko yanze kubikuraho. Ubu ni ubwa kabiri tugarutse ibyo twari twakuyeho yarongeye yigomeka ku buyobozi iyo miryango ayisubizaho.'

    Ubuyobozi bw'Umurenge bushimangira ko mu gihe Kavumbi yakongera gusana ibyasenywe azahanwa bitewe n'icyo amategeko ateganya.

    Abaturanyi ba Kavumbi nabo bemeza ko yagiye abuzwa kubaka ariko akinangira kandi bigaragara ko ari mu muhanda nk'uko Munyangira François abisobanura.

    Ati 'Icyo nzi ni uko munsi y'ikibanza cye mpafite ikibanza namuguriye, gusa nyuma y'iminsi mike nagiye kubona mbona ari gucukura mu muhanda, ndamubaza nti ko ucukura mu muhanda, arantuka ibitutsi ntasubiramo byanatumye mbona tutashobokana ndakigurisha.'

    Ku ruhande rwa Kavumbi Ildephonse wasenyewe yanze kugira icyo atangariza abanyamakuru mu maso y'ubuyobozi kuko yari afite agahinda kenshi, mu magambo yavugaga wumvaga asa n'uwihebye.

    Ntabwo inzu ya Kavumbi iri busenywe yose kuko ubuyobozi bwamusabye gufunga izo nzu yubutse z'ubucuruzi kuko ziri mu muhanda ndetse n'urupangu rwe akarugabanya kuko rwafashe intambwe z'umuhanda.

    Nubwo bigoye kumenya imvano y'iki kibazo, IGIHE yagiranye ikiganiro cyihariye na Kavumbi Ildephonse utifuje kuvuga byinshi ariko agasobanura muri make uko ikibazo kimeze.

    Yavuze ko icyatumye bamusenyera ngo ari uko yasabwe ruswa akanga kuyitanga.

    Ati 'Njyewe impamvu yabyo ndayizi neza, baraje basaba ruswa ya miliyoni ebyiri n'igice ndazibima kuko njyewe sinatanga ruswa kuko bitemewe. Ubwo rero impamvu ni uko ninangiye sinyitange. Uzaze urebe abo birirwa baka ruswa utayibaha bakagusenyera.'

    Kavumbi yabwiye IGIHE ko ubwo bajyaga kumusenyera babanje kumufunga, ubwo ubuyobozi nabwo buhita bushyiraho abakozi bo gusenya baka umugore we amafaranga yo guhemba abamusenyeye.

    Yabajijwe impamvu bamusenyeye nyuma akigomeka agasubizaho ibyo yasenyewe, avuga ko yabanje kubisabira uburenganzira.

    Ati 'Njyewe kuyisubizaho nabitewe ahanini nuko harimo umuntu ukora ubucuruzi, rero navuganye n'umuvunyi ambwira ko nasubizaho izo nzugi kugira ngo ibintu by'abandi batabijyana, maze hakazitabazwa amategeko kuko mfite urushya rwo kubaka.'

    Yavuze ko we atasuzugura ubuyobozi kuko n'ubundi asanzwe yubaka inzu akazigurisha, bityo ko ko kubusuzugura kandi azakomeza kubukenera bitashoboka, gusa ashimangira ko hari bamwe mu bayobozi bamwitambika.

    Ubuyobozi bw'umurenge wa Kigarama bwatangaje ko ibyo avuga ari amatakirangoyi kuko icyakurikijwe ari uko atubahirije amategeko, bitandukanye n'ibyo avuga.

    Iyi nzu ntabwo izasenywa, ibyasenywe ni urukupangu rwari ruri mu muhanda

    Kavumbi Ildephonse wasenyewe avuga ko ari akarengane. Aha yahamagaraga uwo yita ko yamubwiye gusubizaho inzugi

    Ubuyobozi bwasabye ko urupangu rwakwegezwa inyuma kuko rwari ruri ahateganya kunyura umuhanda

    Umuturanyi wa Kavumbi, Munyangira Francois yavuze ko umuturanyi wabo adashobotse

    Urupangu rwagombaga kugarukira aha bagarukiye basenya

    Izi nzu zakorerwagamo ubucuruzi

    Urupangu rw’iyi nzu rwasenywe kuko rwasatiriye umuhanda

    Abaturanyi ba Kavumbi bari baje kureba inzu ye isenywa

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kigarama, Umubyeyi Mediatrice yasobanuye ko impamvu yo gusenyera Kavumbi ariko yubatse ibinyuranye n’ibyo yategetswe


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/kicukiro-hasenywe-inzu-y-umuturage-ushinjwa-kwigomeka-we-akavuga-ko-yazize

  • Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda buratangaza ko Gen Musemakweli yazize urupfu rusanzwe #rwanda #RwOT

    Mu itangazo ryasohowe na RDF ku gasusuruko ko kuri uyu wa Gatanu tariki 12 Gashyantare, ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda buvuga ko bubabajwe n’urupfu rwa Lt. Gen Jacques Musemakweli watabarutse kuri uyu wa Kane tariki 11 Gashyantare 2021.

    Iri tangazo rigira riti 'Yapfuye kuri uyu wa Kane tariki 11 Gashyantare 2021 mu bitaro bya Gisirikare bya Kanombe azize urupfu rusanzwe.'

    Iri tangazo rikomeza rigira riti 'RDF yihanganishije umuryango kandi yifatanyije na wo muri ibi bihe by’akababaro.'

    Ubuyobozi bwa RDF buvuga ko ibikorwa byo guherekeza nyakwigendera Lt Gen. Jacques Musemakweri biza gutangazwa nyuma.

    Mu nkuru yabanje, Umuvugizi w’Igisirikare cy’u Rwanda, Lt Col Ronald Rwivanga yari yabwiye UKWEZI ko bakigenzura kugira ngo bamenye icyamwishe.

    UKWEZI.RW

    Source : http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/3/article/Ubuyobozi-bw-Ingabo-z-u-Rwanda-buratangaza-ko-Gen-Musemakweli-yazize-urupfu-rusanzwe