Tag: featured

  • Ababyeyi bo muri Kigali bishimiye ko abana babo bagiye gusubukura amasomo –

    Ku wa 17 Mutarama nibwo Minisiteri y’Uburezi yatangaje ko yafunze amashuri y’incuke, abanza n’ayisumbuye yo mu Mujyi wa Kigali, mu rwego rwo gukomeza kwirinda ko ubwandu bwa COVID-19 bwarushaho kwiyongera.

    Nyuma y’ukwezi kurenga iki cyemezo gifashwe, Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa 19 Gashyantare, yiga ku buryo icyorezo cya COVID-19 gihagaze mu gihugu yafatiwemo imyanzuro itandukanye irimo n’uvuga ko amashuri yo muri Kigali agiye kongera gusubukura amasomo.

    Nubwo amashuri yari yarabaye ahagaritswe mu rwego rwo kwirinda COVID-19, ababyeyi n’abanyeshuri ntibahwemye kugaragaza ko bahangayitse ko cyane ko abandi banyeshuri bo mu ntara bo bari bakataje mu masomo yabo.

    Nyuma yo kumva ko amashuri yongeye gufungura, akanyamuneza ni kose ku babyeyi barerera mu mashuri atandukanye yo mu Mujyi wa Kigali.

    Bamwe mu babayeyi baganiriye na Televiziyo y’u Rwanda bayibwiye ko bashimishijwe no kuba abana bagiye gusubira ku mashuri kuko ngo kwigira mu rugo byari bibagoye.

    Gahongayire Berthilde utuye mu Karere ka Nyarugenge yavuze ko yishimiye ko bafunguye amashuri abana bakaba bagiye gusubira kwiga kuko bageragezaga kubigisha ariko ntibyorohe.

    Yagize ati “Twishimye cyane twebwe ababyeyi kubera ko abana bacu wabonaga baragize ihungabana, kubera ko hari n’uwo wabwiraga ngo afate ikaye yige akavuga ko ntacyo byamumarira ngo aziga ageze ku ishuri.”

    Kalisa Alexandre we yavuze ko kuba abana bigiraga mu rugo byatumaga ababyeyi bavunika, ubu ngo bagiye kubaha ibishoboka byose ngo bajye kwiga.

    Ati “Kutiga kw’abana byavunaga ababyeyi ndetse n’abana ukabona ntibishimye barigunze. Twiteguye kubafasha tubaha udupfukamunwa tubabuza no kugenda bahoberana n’abandi bana kugira ngo badakwirakwiza icyorezo cya COVID-19.”

    Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi, Twagirayezu Gaspard, yavuze ko nubwo abanyeshuri bagiye gusubira ku mashuri ariko urugamba rwo kwirinda rutararangira.

    Ati “Kwita ku myigire y’abana ni ingenzi kuko iyo batize neza bigira ingaruka ku myaka ikurikiyeho, ariko na none ni bagerayo urugamba rwo kwirinda COVID-19 ruzaba rugikomeje.”

    Biteganyijwe ko amashuri azafungura ku wa 23 Gashyantare amasomo akazakomeza hubahirizwa ingamba zo kwirinda COVID-19.

    Ababyeyi bashimishijwe no kuba abana babo bagiye gusubira ku mashuri nyuma y’ukwezi kurenga kwari gushize amasomo asubitswe mu kwirinda COVID-19

  • Inyungu ku Rwanda, amavugurura muri Kiliziya n’amadini y’inzaduka- Ikiganiro na Cardinal Kambanda (Video) –

    Ibihamya ni byinshi! Ku manywa y’ihangu, ku wa 25 Ukwakira 2020, ni bwo binyuze mu isengesho rizwi nka Angelus, Papa Francis yatangaje ko Antoine Kambanda agizwe Cardinal, aba uwa mbere mu mateka y’u Rwanda ugeze kuri urwo rwego muri Kiliziya Gatolika ku Isi.

    Ni umugisha n’amateka akomeye ku iterambere rya Kiliziya Gatolika mu Rwanda kuko ibihugu bifite umuntu uri ku rwego nk’uru muri Afurika bibarirwa ku ntoki. Kugira ngo igihugu kigire Cardinal bisaba ibintu byinshi birimo kuba Kiliziya yaho ikomeye, ifite inzego zubatse neza kuva ku muryango kugeza kuri Diyosezi, kugira umubare munini w’abakirisitu n’ibindi.

    U Rwanda rwabaye igihugu cya 24 kigize Cardinal muri Afurika, uyu mugabane ukaba ugize aba-Cardinal 28 mu 133 bariho.

    Cardinal Kambanda ari mu bafite imyaka mike kuko yavutse tariki 10 Ugushyingo 1958 afite imyaka 62. Umuto muri bo yavutse mu 1967 akaba afite imyaka 53. Umukuru muri bo yavutse mu 1923 afite imyaka 97.

    Ubusanzwe Cardinal biva ku ijambo ry’Ikilatini Cardinalis, bivuze uw’ikirenga. Afatwa nk’igikomangoma cya Kiliziya.

    Kuba Kambanda yaragizwe Cardinal ntibimukuraho kuba Musenyeri nk’abandi ariko bimuha izindi nshingano zisumbuye zirimo kuba hafi ya Papa, kumugira inama, kumufasha gukemura ibibazo bikomeye bya Kiliziya ku Isi, kugira uruhare mu gutora Papa no kuba yaba Papa.

    Mu gihe hagiye gutorwa Papa, abari munsi y’imyaka 80 ni bo baba bemererwe kwitabira inama nkuru y’aba-cardinal (conclave) ariyo itorerwamo Papa. Bivuze ko na Cardinal Kambanda mu gihe atararenza imyaka 80, afite ayo mahirwe yo kuba yatorwamo Papa.

    Mu kiganiro cyihariye yagiranye na IGIHE, Antoine Cardinal Kambanda yagarutse ku nyungu Kiliziya Gatolika n’u Rwanda muri rusange bafite mu kugira Cardinal ndetse n’inshingano ze.

    Iyo uganira n’uyu mukozi w’Imana ubona ari umuntu utuje cyane kandi uvuga ijambo asa n’uwabanje gutekereza birenze rimwe. Kuri we avuga ko atari yarigeze atekereza ko ashobora kugera kuri uru rwego ndetse ngo umunsi ahabwa inshingano byaramutunguye cyane.

    Iyi nkuru nziza yayimenye saa Saba z’igicamunsi ubwo yari ku meza ari gufata amafunguro yo ku manywa, biturutse ku mupadiri wamuhamagaye kuri telefoni, gusa ngo kubyemera byabanje kwanga kuko atari abyiteguye.

    Ati “Naratunguwe, ntabwo nari mbyiteze, mu Rwanda ntabwo dusanzwe dufite icyicaro cya Cardinal ni bwo bwa mbere. Nabyumvanye abandi ntabwo nabyumvise Papa abitangaza, abandi ni bo bampamagaye kuri telefoni banshimira mbanza kugira ngo si byo ariko nyuma Intumwa ya Papa mu Rwanda irabimbwira ndabyemera.”

    Kambanda yavuze ko kugira Cardinal ari iby’agaciro gakomeye kuko uretse kuba ari intangiriro y’inzira iganisha ku kugira Papa, binasobanuye ko Kiliziya yatangiye gukura kandi ifite umuntu uyihagarariye mu buyobozi bukuru bwa Kiliziya Gatolika ku Isi.

    Antoine Cardinal Kambanda yavuze ku nyungu u Rwanda rwagize mu kugira Cardinal, amavugurura muri Kiliziya, iby’amadini y’inzaduka n’ibindi

    -  Inshingano zikomeye zahawe Cardinal Kambanda

    Umuntu wabaye Cardinal ashobora gukomereza ubutumwa mu gihugu cyangwa akajya i Roma ku cyicaro cya Kiliziya Gatolika. Bivuze ko mu gihe Papa amukeneye azajya amuhamagara ku nshingano yamuhaye.

    Hari ubwo basabwa kujya i Roma kuyobora mu nzego zinyuranye za Kiliziya nko kuyobora Dicastère [Ifatwa nka Minisiteri muri Kiliziya] n’ibindi. Hari nubwo aguma mu gihugu cye agakomeza inshingano yahawe, akajya yitabazwa bikenewe.

    Aba-Cardinal bahita bajya i Roma ni abatowe badasanganywe inshingano zo kuyobora muri Kiliziya bakomokamo, naho Kambanda azakomeza kuba Arikiyepiskopi wa Kigali. Icyakora aba afite ibiro i Roma.

    Kuri Cardinal Kambanda yahawe kuba mu bagize Dicastère akaba ari mu bashinzwe by’umwihariko iyogezabutumwa ku Isi. Yabwiye IGIHE ko aho bazibanda ari amavugurura agamije ko Kiliziya imanuka igahera mu muryango ndetse akaba ari naho iyogezabutumwa ritangirira.

    Ati “Byaranagaragaye ko muri ibi bihe bya guma mu rugo, aho abantu bamaze igihe badashobora guteranira mu Kiliziya ngo bakore iyogezabutumwa basenge, byose bigakorerwa mu rugo aho umukuru w’umuryango asigaye ayobora isengesho ry’icyumweru n’abandi bakagira uruhare, bakaririmba, bagasenga.”

    “Uruhare n’agaciro ka Kiliziya mu rugo karagaragaye, bituma rero tubona ko iyogezabutumwa ni ho rigomba guhera. Ikindi uyu mwaka Nyirubutungane Papa Francis yifuje ko dushyira imbaraga mu iyogezabutumwa ry’umuryango twubaka ya Kiliziya y’ibanze.”

    Mu bindi bishyizwe imbere na Kiliziya Gatolika ku Isi, ni ukwagura no gufungura imiryango bagashimangira ko abantu bose ari abavandimwe nk’uko byagaragajwe mu nyandiko Papa Francis yanditse ubwo yari amaze kugirira uruzinduko muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, aho yanahuye n’Igikomangoma Sheikh Mohammed bin Zayed al-Nahyan.

    Cardinal Kambanda avuga ko basanze Abakirisitu, Abayahudi n’Abayisilamu bafitanye isano kandi bagize umuryango w’Imana, kandi ngo mu myaka yashize hagiye hagaragara amakimbirane menshi ashingiye ku bitandukanya abantu.

    Ati “Amakimbirane natwe hano mu Rwanda yabayeho ashingiye ku moko, ugasanga umuntu arica umuvandimwe we kuko ngo umwe afite ubwoko ubu n’ubu. Kuri ubu rero iyogezabutumwa rirashimangira ubuvandimwe bw’abantu bose.”

    -  Kiliziya Gatolika mu mavugurura…

    Kuva mu myaka ya za 1960, Kiliziya Gatolika ku Isi ikomeje gukora amavugurura n’impinduka mu mategeko yari asanzweho arimo ayakumiraga abagore gukora zimwe mu nshingano zo kuri Alitari, bahabwa uburenganzira busesuye bwo kuba basoma amasomo ya Misa no gutanga Ukarisitiya mu buryo bwemewe kandi burambye.

    Umushumba wa Kiliziya Gatolika ku Isi, Papa Francis muri Mutarama 2021, yatangaje impinduka zirimo ko abagore bagiye kujya bahabwa izi nshingano mu buryo burambye gusa ashimangira ko kugeza ubu nta mugore wemerewe kuba ‘Umupadiri’.

    Cardinal Kambanda avuga ko n’ubundi amavugurura yose ari kugenda akorwa ajyanye n’icyifuzo cyo kugira ngo Kiliziya Gatolika itangirire mu muryango kandi iyogezabutumwa ryaguke.

    Ku rundi ruhande ariko, aya mavugurura ntatanga icyizere cy’uko Kiliziya Gatolika yazashyira ikagira Umupadiri w’umukobwa cyangwa umugore.

    Cardinal Kambanda ati “Yezu Kristu ni we utora, Intumwa yashyizeho ni abagabo, ni wo murage dufite w’Ubusaseridoti. Ibi rero ntabwo bikorwa n’abantu, ibi ni ibintu by’Imana, ntabwo bigenwa n’abantu, bigenwa n’Imana. Imana niyo igena.”

    Mu bindi byagaragaye by’umwihariko mu myaka mike ishize, ni uko Kiliziya Gatolika ku Isi yatangiye kwagura amarembo ku bantu mu ngeri zitandukanye harimo n’aho byigeze kuvugwa ko hari ibiganiro byo kwemera ababana bahuje ibitsina.

    Cardinal Kambanda avuga ko “Ubundi umuntu uwo ariwe wese uko tugomba kumufata ni umwana w’Imana, yifitemo ishusho y’Imana. Iyo akoze ikibi, icyo gihe utandukanye ibibi bye n’umuntu.”

    Yifashishije inkuru yo muri Bibiliya y’umugore basanze mu cyaha cy’ubusambanyi [ubundi ufatiwe muri icyo cyaha bamuteraga amabuye bakamwica], ariko bamuzaniye Yezu bagira ngo bamusembure barebe ko nawe amutera amabuye, kuko bari bazi ko asanzwe ababarira abanyabyaha.

    Yakomeje agira ati “Icyo gihe Yezu yarababwiye ati, niba hari uziko atarakora icyaha amutere ibuye. Habuze n’umwe. Urabona hari abantu bakora amahano, abantu bakarakara ndetse bakaba bumva bakwicwa, ariko ivanjiri ntabwo ariko ibyemera, buri muntu aremwe mu ishusho y’Imana.”

    “Imana ntishaka ko umunyabyaha apfa, ahubwo ishaka ko akira, ibyo ni byo Kiliziya ikora, rimwe na rimwe babona yakira…. Kuko umuntu ashobora guhinduka, icya mbere ni uko umugaragariza urukundo.”

    -  Amadini y’inzaduka ashobora gutuma benshi bazinukwa Imana!

    Kuva mu kinyejana cya 19, ku Isi hatangiye kuvuka, imiryango ishingiye ku myemerere, amadini n’amatorero atandukanye.

    Nko mu Rwanda, Imibare y’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere , RGB, igaragaza ko amadini n’amatorero yagiye yiyongera ku buryo bukabije kuko nko mu 1962, hari amadini atageze ku 10, mu 2012 yari amaze kugera kuri 350 naho mu 2017 yari yatumbagiye ageze ku 1000.

    Muri uwo mwaka wa 2011, byagaragaraga ko umubare w’insengero wari 15000, ni ukuvuga ko uruta imidugudu igize u Rwanda.

    By’umwihariko mu Mujyi wa Kigali, byagaragaye ko buri mudugudu ufite nibura insengero zirenga ebyiri kubera ko mu midugudu 1175 yo muri Kigali habarurwaga ahantu hasengerwa 2000.

    Hari ubushakashatsi bwakozwe mu 2019, bugaragaza ko nibura 82.7% by’Abanyarwanda bafite ishusho mbi ku madini cyane cyane amatorero avuka mu bihe bya vuba.

    Cardinal Kambanda avuga ko amadini y’inzaduka agaragaza ko abantu bakunda Imana kuko umuntu wese uje mu izina ryayo agira abantu benshi bamuyoboka ari naho benshi bashobora kwihisha mu kuba bazi ko abantu bakunda Imana bityo bagakoresha izina ryayo mu nyungu zabo.

    Ati “Umuntu iyo avuze Imana abantu benshi bamutega amatwi bakamukurikira, ariko ku rundi ruhande usanga harimo kuvuga Imana kw’abantu batabifitiye ubumenyi n’abandi bazanamo izindi nyungu. Ibi bishobora kugira abantu biyobya bashaka Imana ariko ugasanga abo bakurikiye barabatengushye ntabwo babagejeje kuri wa mukiro bifuza cyangwa Imana bifuza.”

    “Ibi bikaba byatuma umuntu yumva nabi ukwemera, yumva nabi Imana, ndetse rimwe na rimwe ashobora kuzinukwa kubera ko Imana yaje akurikiye, ishusho bamuhaye siyo. Ugasanga iby’Imana ntabihaye agaciro cyangwa arabizinutswe kubera ko Imana bamubwiye atari iy’ukuri.”

    Avuga ko hari ibimenyetso byinshi bigaragaza ko inyigisho z’amwe mu madini cyangwa amatorero y’inzaduka zigamije inyungu za ba nyirayo cyangwa gushaka kuyobya abantu.

    Ati “Hari ababangamira abandi bagatuma badashobora kwiteza imbere, bari aho b’inkorabusa, hari ibindi byinshi, hari abinjira muri politiki bakayobya abantu ugasanga binjiye mu bibazo by’umutekano muke, byose babyitirira Imana.”

    Antoine Cardinal Kambanda avuga ko inyigisho nk’izi usanga zirimo ubujiji cyangwa ubuyobe ari bimwe mu bigaragaza amadini cyangwa amatorero y’inzaduka bityo Abanyarwanda cyangwa abandi bantu baba bakwiye kuba maso.

    Antoine Cardinal Kambanda yavuze ko hari zimwe mu nyigisho z’inzaduka usanga zirimo ubujiji cyangwa ubuyobe

    Amafoto na Video: Mushimiyimana Azeem Timothée


  • Rubavu: Barasaba guhabwa uburenganzira ku nzu batujwemo –

    Iyi miryango itishoboye yatujwe muri yu mudugudu mu 2019 nyuma y’aho aho bari batuye hashyiraga ubuzima bwabo mu Kaga.

    Abatujwe muri uyu mudugudu baganiriye na RBA bavuze ko bishimira kuba baratujwe mu mazu y’icyitegererezo ariko bagasaba ko bahabwa uburenganzira kuri zo ndetse bagafashwa mu buryo bwo kwibeshaho.

    Umwe ati” Burya iyo ufite uburenganzira, ushobora kubwira umuntu uti uze unkorere aha hantu ndaguha 1000Frw cyangwa 2000Frw ariko kuko nta burenganzira bwo kuyisana atari iyanjye nizo mbogamizi.”

    Mugenzi we yavuze ko uretse kuba nta burenganzira bafite kuri aya mazu, bafite n’ikibazo cy’imibereho.

    Ati “Tubonye uburenganzira bw’inzu nk’izi ngizi ikibazo cyakemuka. Ikindi kibazo tugira ni icy’imibereho. Nta karima tugira ko guhinga imboga, kuko urabona kuri ubu ngubu iyo udafite imboga mu mirire biba ari ikibazo.”

    Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Ishimwe Pacifique yavuze ko aba baturage bazegurirwa izi nzu nyuma y’imyaka itanu.

    Ati “Ubusanzwe ntabwo iyo umuturage atujwe ahita yegurirwa inzu atujwemo kuko habanza no kugenzura imyitwarire ye. Icyo gihe cyo kugenzura imyitwarire ye gifata imyaka itanu.”

    “Niyo gahunda yashyizweho ariko nta mpungenge umuturage wese watujwe umaze imyaka itanu arayegurirwa, igihe cyose yagaragaje imyitwarire myiza. Kuko hari abo twagiye tubona umuturage agatuzwa ariko akagira uruhare mu kwangiza inzu yahawe, hari n’abaca inyuma akagurisha kandi agakomeza kuba umutwaro kuri Leta.”

    Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwavuze ko bufite gahunda yo gutuza neza imiryango 1400 yo mu Mirenge ya Nyundo na Nyamyumba. Muri uyu mwaka wa 2021 hakazubakirwa imiryango y’abatishoboye igera 122.


  • Ababyeyi bo muri Kigali bishimiye ko abana babo bagiye gusubukura amasomo –

    Ku wa 17 Mutarama nibwo Minisiteri y’Uburezi yatangaje ko yafunze amashuri y’incuke, abanza n’ayisumbuye yo mu Mujyi wa Kigali, mu rwego rwo gukomeza kwirinda ko ubwandu bwa COVID-19 bwarushaho kwiyongera.

    Nyuma y’ukwezi kurenga iki cyemezo gifashwe, Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa 19 Gashyantare, yiga ku uko icyorezo cya COVID-19 gihagaze mu gihugu yafatiwemo imyanzuro itandukanye irimo n’uvuga ko amashuri yo mu Mujyi wa Kigali agiye kongera gusubukura amasomo.

    Nubwo amashuri yari yarabaye ahagaritswe mu rwego rwo kwirinda COVID-19, ababyeyi n’abanyeshuri ntibahwemye kugaragaza ko bahangayitse ko cyane ko abandi banyeshuri bo mu ntara bo bari bakataje mu masomo yabo.

    Nyuma yo kumva ko amashuri yongeye gufungura, akanyamuneza ni kose ku babyeyi barerera mu mashuri atandukanye yo mu Mujyi wa Kigali.

    Bamwe mu babayeyi baganiriye na Televiziyo Rwanda bayibwiye ko bashimishijwe no kuba abana bagiye gusubira ku mashuri kuko ngo kwigira mu rugo byari bibagoye.

    Gahongayire Berthilde utuye mu Karere ka Nyarugenge yavuze ko yishimiye ko bafunguye amashuri abana bakaba bagiye gusubira ku mashuri kuko bagerageza ku bigisha ariko ntibyorohe.

    Yagize ati “Twishimye cyane twebwe ababyeyi kubera ko abana bacu wabonaga baragize ihungabana, kubera ko hari n’uwo wabwiraga ngo afate ikaye yige akavuga ko ntacyo byamumarira ngo aziga ageze ku ishuri.”

    Kalisa Alexandre we yavuze ko kuba abana bigiraga mu rugo byatumaga ababyeyi bavunika, ubu ngo bagiye kubaha ibishoboka byose ngo bajye kwiga ndetse banirinda COVID-19.

    Ati “Kutiga kw’abana byavunaga ababyeyi ndetse n’abana ukobona ntibishimye barigunze, twiteguye kubafasha tubaha udupfukamunwa tubabuza no kugenda bahoberana n’abandi bana kugira ngo badakwirakwiza icyorezo cya COVID-19.”

    Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi, Twagirayezu Gaspard yavuze ko nubwo abanyeshuri bagiye gusubira ku mashuri ariko urugamba rwo kwirinda rutararangira.

    Ati “Kwita ku myigire y’abana ni ingenzi kuko iyo batize neza bigira ingaruka ku myaka ikurikiyeho, ariko na none ni bagerayo urugamba rwo kwirinda COVID-19 ruzaba rugikomeje.”

    Biteganyijwe ko amashuri azafungura ku wa 23 Gashyantare amasomo akazakomeza hubahirizwa ingamba zo kwirinda COVID-19.

    Ababyeyi bashimishijwe no kuba abana babo bagiye gusubira ku mashuri nyuma y’ukwezi kurenga kwari gushize amasomo asubitswe mu kwirinda COVID-19

  • Rubavu: Batatu bafatanywe udupfunyika tw’urumogi ibihumbi 13 –

    Abafashwe ni Muhire Valens w’imyaka 25, yafatanywe udupfunyika tw’urumogi ibihumbi bitatu naho Sebifumbo w’imyaka 35 na Rukinga w’imyaka 31 bafatanywe udupfunyika ibihumbi 10. Bafatiwe mu Murenge wa Busasamana mu Kagari ka Gacurabwenge mu Mudugudu wa Nyarubuye.

    Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba, CIP Bonaventure Twizere Karekezi, yavuze ko gufatwa kw’aba bantu byaturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage, habanje gufatwa umwe na we agaragaza bagenzi be.

    Yagize ati “Abaturage bahaye amakuru abapolisi ko hari abantu bagiye kwambukana urumogi barukuye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bakaruzana mu Rwanda. Habanje gufatwa Muhire Valens, ahita avuga bagenzi be bari kumwe na bo barafatwa.”

    CIP Karekezi yakomeje avuga ko Muhire yari yemerewe guhembwa ibihumbi 60 Frw amaze kugeza ruriya rumogi mu Murenge wa Kanzenze mu Karere ka Rubavu aho rwari gucururizwa. Ni mu gihe Sebifumbo na Rukinga buri umwe yari guhembwa ibihumbi 100 Frw nyuma yo kugeza ruriya rumogi mu Karere ka Musanze aho rwari gucururizwa.

    Abafashwe bavuze ko hari umuturage wo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo witwa Mama Thoma, wabahaye ruriya rumogi bakaba bagombaga kujya kurucururiza mu Turere twa Rubavu na Musanze.

    Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba yaboneyeho kongera gukangurira urubyiruko gukora imirimo yemewe itabagiraho ingaruka mu buzima bwabo.

    Ati “Urubyiruko rurimo gushukishwa amafaranga bakirengagiza ko barimo gushyira ubuzima bwabo mu kaga. Icya mbere kwijandika mu biyobyabwenge ni icyaha gihanwa n’amategeko, ikindi bariya bantu bagenda nijoro ndetse banyura mu nzira zitemewe, bashobora kuba baraswa n’inzego z’umutekano bagira ngo ni abagizi ba nabi baje guhungabanya umutekano w’Igihugu.”

    CIP Karekezi yakomeje anagira inama bamwe mu bantu bakoresha ibinyabiziga byabo nka moto, amagare ndetse n’imodoka bagafasha abinjiza ibiyobyabwenge mu gihugu. Yabasabye kujya bashishoza bakabanza kureba abantu bagiye gutwara mu rwego rwo kwirinda ingaruka byabagiraho kandi bakihutira gutanga amakuru.

    Abafashwe uko ari batatu bahise bashyikirizwa Urwego rushinzwe Ubugenzacyaha (RIB) rukorera muri sitasiyo ya Polisi ya Gisenyi kugira ngo hakorwe iperereza.

    Uturere tw’u Rwanda duhana imbibi n’igihugu cy’abaturanyi cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo dukunze gufatirwamo abanjiza ibiyobyabwenge n’ibindi bicuruzwa bya magendu mu Rwanda.

    Ku wa Gatanu tariki ya 19 Gashyantare, Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Nyamasheke, Umurenge wa Gihombo nabwo yafashe undi muntu w’imyaka 33 y’amavuko yinjiza urumogi. Yafatiwe mu kiyaga cya Kivu arimo gutwara ubwato bukoresha ingashyi yinjiza mu Rwanda ibilo 80 by’urumogi, yari arukuye muri Congo.

    Uko ari batatu bahise bashyikirizwa RIB

  • Inyungu z’u Rwanda mu kugira Cardinal, amavugurura muri Kiliziya n’amadini y’inzaduka- Ikiganiro na Mgr Kambanda (Video) –

    Ibihamya ni byinshi! Ku manywa y’ihangu, ku wa 25 Ukwakira 2020, ni bwo binyuze mu isengesho rizwi nka Angelus, Papa Francis yatangaje ko Antoine Kambanda agizwe Cardinal, aba uwa mbere mu mateka y’u Rwanda ugeze kuri urwo rwego muri Kiliziya Gatolika ku Isi.

    Ni umugisha n’amateka akomeye ku iterambere rya Kiliziya Gatolika mu Rwanda kuko ibihugu bifite umuntu uri ku rwego nk’uru muri Afurika bibarirwa ku ntoki. Kugira ngo igihugu kigire Cardinal bisaba ibintu byinshi birimo kuba Kiliziya yaho ikomeye, ifite inzego zubatse neza kuva ku muryango kugeza kuri Diyosezi, kugira umubare munini w’abakirisitu n’ibindi.

    U Rwanda rwabaye igihugu cya 24 kigize Cardinal muri Afurika, uyu mugabane ukaba ugize aba-Cardinal 28 mu 133 bariho.

    Mgr Kambanda ari mu bafite imyaka mike kuko yavutse tariki 10 Ugushyingo 1958 afite imyaka 62. Umuto muri bo yavutse mu 1967 akaba afite imyaka 53. Umukuru muri bo yavutse mu 1923 afite imyaka 97.

    Ubusanzwe Cardinal biva ku ijambo ry’Ikilatini Cardinalis, bivuze uw’ikirenga. Afatwa nk’igikomangoma cya Kiliziya.

    Kuba Mgr Kambanda yaragizwe Cardinal ntibimukuraho kuba Musenyeri nk’abandi ariko bimuha izindi nshingano zisumbuye zirimo kuba hafi ya Papa, kumugira inama, kumufasha gukemura ibibazo bikomeye bya Kiliziya ku Isi, kugira uruhare mu gutora Papa no kuba yaba Papa.

    Mu gihe hagiye gutorwa Papa, abari munsi y’imyaka 80 ni bo baba bemererwe kwitabira inama nkuru y’aba-cardinal (conclave) ariyo itorerwamo Papa. Bivuze ko na Mgr Kambanda mu gihe atararenza imyaka 80, afite ayo mahirwe yo kuba yatorwamo Papa.

    Mu kiganiro cyihariye yagiranye na IGIHE, Antoine Cardinal Kambanda yagarutse ku nyungu Kiliziya Gatolika n’u Rwanda muri rusange bafite mu kugira Cardinal ndetse n’inshingano ze.

    Iyo uganira n’uyu mukozi w’Imana ubona ari umuntu utuje cyane kandi uvuga ijambo asa n’uwabanje gutekereza birenze rimwe. Kuri we avuga ko atari yarigeze atekereza ko ashobora kugera kuri uru rwego ndetse ngo umunsi ahabwa inshingano byaramutunguye cyane.

    Iyi nkuru nziza yayimenye saa Saba z’igicamunsi ubwo yari ku meza ari gufata amafunguro yo ku manywa, biturutse ku mupadiri wamuhamagaye kuri telefoni, gusa ngo kubyemera byabanje kwanga kuko atari abyiteguye.

    Ati “Naratunguwe, ntabwo nari mbyiteze, mu Rwanda ntabwo dusanzwe dufite icyicaro cya Cardinal ni bwo bwa mbere. Nabyumvanye abandi ntabwo nabyumvise Papa abitangaza, abandi ni bo bampamagaye kuri telefoni banshimira mbanza kugira ngo si byo ariko nyuma Intumwa ya Papa mu Rwanda irabimbwira ndabyemera.”

    Kambanda yavuze ko kugira Cardinal ari iby’agaciro gakomeye kuko uretse kuba ari intangiriro y’inzira iganisha ku kugira Papa, binasobanuye ko Kiliziya yatangiye gukura kandi ifite umuntu uyihagarariye mu buyobozi bukuru bwa Kiliziya Gatolika ku Isi.

    Antoine Cardinal Kambanda yavuze ku nyungu u Rwanda rwagize mu kugira Cardinal, amavugurura muri Kiliziya, iby’amadini y’inzaduka n’ibindi

    -  Inshingano zikomeye zahawe Cardinal Kambanda

    Umuntu wabaye Cardinal ashobora gukomereza ubutumwa mu gihugu cyangwa akajya i Roma ku cyicaro cya Kiliziya Gatolika. Bivuze ko mu gihe Papa amukeneye azajya amuhamagara ku nshingano yamuhaye.

    Hari ubwo basabwa kujya i Roma kuyobora mu nzego zinyuranye za Kiliziya nko kuyobora Dicastère [Ifatwa nka Minisiteri muri Kiliziya] n’ibindi. Hari nubwo aguma mu gihugu cye agakomeza inshingano yahawe, akajya yitabazwa bikenewe.

    Aba-Cardinal bahita bajya i Roma ni abatowe badasanganywe inshingano zo kuyobora muri Kiliziya bakomokamo, naho Kambanda azakomeza kuba Arikiyepiskopi wa Kigali. Icyakora aba afite ibiro i Roma.

    Kuri Cardinal Kambanda yahawe kuba mu bagize Dicastère akaba ari mu bashinzwe by’umwihariko iyogezabutumwa ku Isi. Yabwiye IGIHE ko aho bazibanda ari amavugurura agamije ko Kiliziya imanuka igahera mu muryango ndetse akaba ari naho iyogezabutumwa ritangirira.

    Ati “Byaranagaragaye ko muri ibi bihe bya guma mu rugo, aho abantu bamaze igihe badashobora guteranira mu Kiliziya ngo bakore iyogezabutumwa basenge, byose bigakorerwa mu rugo aho umukuru w’umuryango asigaye ayobora isengesho ry’icyumweru n’abandi bakagira uruhare, bakaririmba, bagasenga.”

    “Uruhare n’agaciro ka Kiliziya mu rugo karagaragaye, bituma rero tubona ko iyogezabutumwa ni ho rigomba guhera. Ikindi uyu mwaka Nyirubutungane Papa Francis yifuje ko dushyira imbaraga mu iyogezabutumwa ry’umuryango twubaka ya Kiliziya y’ibanze.”

    Mu bindi bishyizwe imbere na Kiliziya Gatolika ku Isi, ni ukwagura no gufungura imiryango bagashimangira ko abantu bose ari abavandimwe nk’uko byagaragajwe mu nyandiko Papa Francis yanditse ubwo yari amaze kugirira uruzinduko muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, aho yanahuye n’Igikomangoma Sheikh Mohammed bin Zayed al-Nahyan.

    Cardinal Kambanda avuga ko basanze Abakirisitu, Abayahudi n’Abayisilamu bafitanye isano kandi bagize umuryango w’Imana, kandi ngo mu myaka yashize hagiye hagaragara amakimbirane menshi ashingiye ku bitandukanya abantu.

    Ati “Amakimbirane natwe hano mu Rwanda yabayeho ashingiye ku moko, ugasanga umuntu arica umuvandimwe we kuko ngo umwe afite ubwoko ubu n’ubu. Kuri ubu rero iyogezabutumwa rirashimangira ubuvandimwe bw’abantu bose.”

    -  Kiliziya Gatolika mu mavugurura…

    Kuva mu myaka ya za 1960, Kiliziya Gatolika ku Isi ikomeje gukora amavugurura n’impinduka mu mategeko yari asanzweho arimo ayakumiraga abagore gukora zimwe mu nshingano zo kuri Alitari, bahabwa uburenganzira busesuye bwo kuba basoma amasomo ya Misa no gutanga Ukarisitiya mu buryo bwemewe kandi burambye.

    Umushumba wa Kiliziya Gatolika ku Isi, Papa Francis muri Mutarama 2021, yatangaje impinduka zirimo ko abagore bagiye kujya bahabwa izi nshingano mu buryo burambye gusa ashimangira ko kugeza ubu nta mugore wemerewe kuba ‘Umupadiri’.

    Cardinal Kambanda avuga ko n’ubundi amavugurura yose ari kugenda akorwa ajyanye n’icyifuzo cyo kugira ngo Kiliziya Gatolika itangirire mu muryango kandi iyogezabutumwa ryaguke.

    Ku rundi ruhande ariko, aya mavugurura ntatanga icyizere cy’uko Kiliziya Gatolika yazashyira ikagira Umupadiri w’umukobwa cyangwa umugore.

    Cardinal Kambanda ati “Yezu Kristu ni we utora, Intumwa yashyizeho ni abagabo, ni wo murage dufite w’Ubusaseridoti. Ibi rero ntabwo bikorwa n’abantu, ibi ni ibintu by’Imana, ntabwo bigenwa n’abantu, bigenwa n’Imana. Imana niyo igena.”

    Mu bindi byagaragaye by’umwihariko mu myaka mike ishize, ni uko Kiliziya Gatolika ku Isi yatangiye kwagura amarembo ku bantu mu ngeri zitandukanye harimo n’aho byigeze kuvugwa ko hari ibiganiro byo kwemera ababana bahuje ibitsina.

    Cardinal Kambanda avuga ko “Ubundi umuntu uwo ariwe wese uko tugomba kumufata ni umwana w’Imana, yifitemo ishusho y’Imana. Iyo akoze ikibi, icyo gihe utandukanye ibibi bye n’umuntu.”

    Yifashishije inkuru yo muri Bibiliya y’umugore basanze mu cyaha cy’ubusambanyi [ubundi ufatiwe muri icyo cyaha bamuteraga amabuye bakamwica], ariko bamuzaniye Yezu bagira ngo bamusembure barebe ko nawe amutera amabuye, kuko bari bazi ko asanzwe ababarira abanyabyaha.

    Yakomeje agira ati “Icyo gihe Yezu yarababwiye ati, niba hari uziko atarakora icyaha amutere ibuye. Habuze n’umwe. Urabona hari abantu bakora amahano, abantu bakarakara ndetse bakaba bumva bakwicwa, ariko ivanjiri ntabwo ariko ibyemera, buri muntu aremwe mu ishusho y’Imana.”

    “Imana ntishaka ko umunyabyaha apfa, ahubwo ishaka ko akira, ibyo ni byo Kiliziya ikora, rimwe na rimwe babona yakira…. Kuko umuntu ashobora guhinduka, icya mbere ni uko umugaragariza urukundo.”

    -  Amadini y’inzaduka ashobora gutuma benshi bazinukwa Imana!

    Kuva mu kinyejana cya 19, ku Isi hatangiye kuvuka, imiryango ishingiye ku myemerere, amadini n’amatorero atandukanye.

    Nko mu Rwanda, Imibare y’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere , RGB, igaragaza ko amadini n’amatorero yagiye yiyongera ku buryo bukabije kuko nko mu 1962, hari amadini atageze ku 10, mu 2012 yari amaze kugera kuri 350 naho mu 2017 yari yatumbagiye ageze ku 1000.

    Muri uwo mwaka wa 2011, byagaragaraga ko umubare w’insengero wari 15000, ni ukuvuga ko uruta imidugudu igize u Rwanda.

    By’umwihariko mu Mujyi wa Kigali, byagaragaye ko buri mudugudu ufite nibura insengero zirenga ebyiri kubera ko mu midugudu 1175 yo muri Kigali habarurwaga ahantu hasengerwa 2000.

    Hari ubushakashatsi bwakozwe mu 2019, bugaragaza ko nibura 82.7% by’Abanyarwanda bafite ishusho mbi ku madini cyane cyane amatorero avuka mu bihe bya vuba.

    Cardinal Kambanda avuga ko amadini y’inzaduka agaragaza ko abantu bakunda Imana kuko umuntu wese uje mu izina ryayo agira abantu benshi bamuyoboka ari naho benshi bashobora kwihisha mu kuba bazi ko abantu bakunda Imana bityo bagakoresha izina ryayo mu nyungu zabo.

    Ati “Umuntu iyo avuze Imana abantu benshi bamutega amatwi bakamukurikira, ariko ku rundi ruhande usanga harimo kuvuga Imana kw’abantu batabifitiye ubumenyi n’abandi bazanamo izindi nyungu. Ibi bishobora kugira abantu biyobya bashaka Imana ariko ugasanga abo bakurikiye barabatengushye ntabwo babagejeje kuri wa mukiro bifuza cyangwa Imana bifuza.”

    “Ibi bikaba byatuma umuntu yumva nabi ukwemera, yumva nabi Imana, ndetse rimwe na rimwe ashobora kuzinukwa kubera ko Imana yaje akurikiye, ishusho bamuhaye siyo. Ugasanga iby’Imana ntabihaye agaciro cyangwa arabizinutswe kubera ko Imana bamubwiye atari iy’ukuri.”

    Avuga ko hari ibimenyetso byinshi bigaragaza ko inyigisho z’amwe mu madini cyangwa amatorero y’inzaduka zigamije inyungu za ba nyirayo cyangwa gushaka kuyobya abantu.

    Ati “Hari ababangamira abandi bagatuma badashobora kwiteza imbere, bari aho b’inkorabusa, hari ibindi byinshi, hari abinjira muri politiki bakayobya abantu ugasanga binjiye mu bibazo by’umutekano muke, byose babyitirira Imana.”

    Antoine Cardinal Kambanda avuga ko inyigisho nk’izi usanga zirimo ubujiji cyangwa ubuyobe ari bimwe mu bigaragaza amadini cyangwa amatorero y’inzaduka bityo Abanyarwanda cyangwa abandi bantu baba bakwiye kuba maso.

    Antoine Cardinal Kambanda yavuze ko hari zimwe mu nyigisho z’inzaduka usanga zirimo ubujiji cyangwa ubuyobe

    Amafoto na Video: Mushimiyimana Azeem Timothée


  • Rubavu: Batatu bafatanwe udupfunyika tw’urumogi ibihumbi 13 –

    Abafashwe ni Muhire Valens w’imyaka 25 yafatanwe udupfunyika tw’urumogi ibihumbi 3 naho Sebifumbo w’imyaka 35 na Rukinga w’imyaka 31 bafatanwe udupfunyika ibihumbi 10. Bafatiwe mu Murenge wa Busasamana mu Kagali ka Gacurabwenge mu Mudugudu wa Nyarubuye.

    Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba, CIP Bonaventure Twizere Karekezi yavuze ko gufatwa kw’aba abantu byaturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage, yavuze ko habanje gufatwa umwe nawe agaragaza bagenzi be.

    Yagize ati “Abaturage bahaye amakuru abapolisi ko hari abantu bagiye kwambukana urumogi barukuye mu gihugu cya Repebulika iharanira Demokarasi ya Congo bakaruzana mu Rwanda. Habanje gufatwa Muhire Valens, ahita avuga bagenzi be bari kumwe nabo barafatwa.”

    CIP Karekezi yakomeje avuga ko Muhire yari yemerewe guhembwa ibihumbi 60 Frw amaze kugeza ruriya rumogi mu Murenge wa Kanzenze mu Karere ka Rubavu aho rwari gucururizwa. Ni mugihe Sebifumbo na Rukinga buri umwe yari guhembwa ibihumbi 100 Frw nyuma yo kugeza ruriya rumogi mu Karere ka Musanze aho rwari gucururizwa. Abafashwe bavuzeko hari umuturage wo mu gihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo witwa Mama Thoma, wabahaye ruriya rumogi bakaba bagombaga kujya kurucururiza mu Turere twa Rubavu na Musanze.

    Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba yaboneyeho kongera gukangurira urubyiruko gukora imirimo yemewe itabagiraho ingaruka mu buzima bwabo.

    Ati“ Urubyiruko rurimo gushukishwa amafaranga bakirengagiza ko barimo gushyira ubuzima bwabo mu kaga. Icya mbere kwijandika mu biyobyabwenge ni icyaha gihanwa n’amategeko, ikindi bariya bantu bagenda nijoro ndetse banyura mu nzira zitemewe, bashobora kuba baraswa n’inzego z’umutekano bagira ngo ni abagizi ba nabi baje guhungabanya umutekano w’Igihugu.”

    CIP Karekezi yakomeje anagira inama bamwe mu bantu bakoresha ibinyabiziga byabo nka moto, amagare ndetse n’imodoka bagafasha abinjiza ibiyobyabwenge mu gihugu. Yabasabye kujya bashishoza bakabanza kureba abantu bagiye gutwara mu rwego rwo kwirinda ingaruka byabagiraho kandi bakihutira gutanga amakuru.

    Abafashwe uko ari batatu bahise bashyikirizwa Urwego rushinzwe ubugenzacyaha(RIB) rukorera muri sitasiyo ya Polisi ya Gisenyi kugira ngo hakorwe iperereza.

    Uturere tw’u Rwanda duhana imbibi n’igihugu cy’abaturanyi cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo dukunze gufatirwamo abanjiza ibiyobyabwenge n’ibindi bicuruzwa bya magendu mu Rwanda. Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 19 Gashyantare, Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Nyamasheke, Umurenge wa Gihombo nabwo yafashe undi muntu w’imyaka 33 y’amavuko yinjiza urumogi. Yafatiwe mu kiyaga cya Kivu arimo gutwara ubwato bukoresha ingashyo yinjiza mu Rwanda ibiro 80 by’urumogi, yari arukuye muri Congo.

    Uko ari batatu bahise bashyikirizwa RIB

  • Nyarugenge: Bafite impungenge ko abakora uburaya bababera intandaro yo kwandura Covid-19 –

    Hamwe mu hakunze guhagarara izi ndaya ni mu muhanda wa kaburimbo uri ruguru ya Rafiki ahitwaga La vedette, Matimba no mu muhanda w’igitaka uri munsi y’aho abasore bavuye i Wawa bakorera.

    Bamwe mu baganiriye na IGIHE, bavuze ko kuba abakora uburaya bo muri aka gace bagihagarara ku mihanda bategereje abagabo babacyura batambaye udupfukamunwa ngo banahane intera ari bimwe mu bishobora gutuma ubuzima bw’abatuye muri aka gace bujya mu kaga.

    Bavuze ko batiyumvisha impamvu ubuyobozi budafatira ibyemezo bikwiye abakora uburaya muri aka gace mu gihe bakunze kuba bahagaze ku mihanda amasaha yo kuba bari mu nzu zabo yarenze.

    Mukanzayisenga Antoinette yagize ati “Wagira ngo rwose Matimba yaravumwe uzi ko indaya ziba zibereye ku muhanda ziteze nta dupfukamunwa nta n’intera zihana mbese ugira ngo ntizizi Covid-19, gusa hababaje ubuzima bwacu kuko umunsi umwe azandura Covid-19 twese aha tuzashira.”

    Byukusenge Walidi yagize ati “Twebwe twarumiwe indaya rwose uzi ku muhanda w’ahari akabari kitwa Torino, indaya ziba zihahagaze nijoro wagira ngo nta bashinzwe umutekano tugira.”

    Yongeyeho ko bifuza ko ubuyobozi bukemura ikibazo cy’izi ndaya mu rwego rwo kwanga ko hari abantu zazanduza Covid-19.

    Umwe mu bakora uburaya wanze ko izina rye ritangazwa yavuze ko baza gushaka abagabo ku muhanda kuko nta handi bakura ibyo kurya.

    Ati “None se ntaje aha abana banjye barya bate? Wibwira ko se ibiryo baduhaye twabimarana iminsi ingahe? Sinasubiriza abandi kuko sinzi impamvu batajya bambara agapfukamunwa kuko uwicaye nabi ababaza imbere ye, icyangombwa n’uko nkambaye.”

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rwezamenyo, Niyirera Marie Rose, yabwiye IGIHE ko abo bafashe barenze ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19 babaca amande cyangwa bakabajyana muri stade.

    Ati “Ndacyeka aho ngaho ubu nta ukihategera byari mbere wenda aho basigaye bategera ni ruguru ahaba amacumbi ariko naho tujya tubafata tukabagira inama cyangwa bakajyanwa kuri stade.”

    Mu gihe igihugu gikomeje guhangana na Covid-19, inzego z’ubuzima n’iz’umutekano zigira inama abaturage yo kwirinda kuba nyirabayazana w’iki cyorezo, bakaraba intoki kenshi gashoboka, bambara neza agapfukamunwa n’amazuru kandi igihe bagiye mu bandi bagahana intera.

    Abatuye muri aka gace babangamiwe n’abakora uburaya bakunze kuhategera n’ijoro muri iki gihe cya COVID-19 ngo kuko bishobora kubabera icyuho cyo kwandura iki cyorezo

  • Mbere yo guhabwa urukingo rwa COVID-19, Abanyarwanda bazasobanurirwa imiterere n’imikorere yarwo –

    Minisiteri y’Ubuzima iherutse gutangaza ko u Rwanda rwatangiye ibikorwa byo gukingira Coronavirus haherewe ku bantu bafite ibyago byinshi byo kwandura iki cyorezo barimo abaganga. Izi nkingo nke igihugu cyakiriye zitandukanye n’izo kizahabwa binyuze muri gahunda zitandukanye.

    Uretse abakora mu nzego z’ubuzima, biteganyijwe ko abazaherwaho na gahunda yo gukingira ari abantu bari hejuru y’imyaka 65, abasanganywe indwara karande n’abandi bahura n’abantu benshi barimo abapolisi n’ibindi byiciro nk’ibyo.

    Muri rusange, hari icyizere cy’uko uku kwezi kwa Gashyantare gusiga inkingo 1 098 960 zigeze mu Rwanda, zikazakingira abantu 549 480 kuko zikenera guterwa kabiri kugira ngo zitange umusaruro.

    Minisitiri w’Ubuzima, Dr Ngamije Daniel, yabwiye RBA ko ibikorwa byo gukingira abantu biteganyijwe gutangira vuba ariko hazagenda hakingirwa bake bitewe n’umubare w’inkingo zizaba zabonetse.

    Yagize ati “Mu mpera za Gashyantare, inkingo tuzaba twazibonye, ntabwo zizabonekera rimwe zose kuko n’ibihugu bizikora ntabwo birakingira abaturage babyo bose, bivuze ko tuzagenda tuzibona uko ziboneka.”

    Yakomeje agira ati “Icyo nakwizeza Abanyarwanda ni uko Guverinoma yashyize ingufu zishoboka ngo inkingo zizaboneke ari nyinshi mbere y’uko umwaka urangira. Twiteguye kwakira inkingo mbere y’uko ukwezi kurangira, tugakingira cyane cyane abantu bari ku isonga mu bashobora kuba bahura n’ibyago byo kwandura kubera akazi kabo.”

    Biteganyijwe ko mu bazahita bakingirwa ku ikubitiro harimo abakozi bo kwa muganga, abo ku bibuga by’indege, ku mipaka, abo muri za hoteli, kuko bahura n’abagenzi bava hanze, aba biyongeraho abashinzwe umutekano bakurikirana iyubahirizwa ry’amabwiriza yo kwirinda COVID-19 n’abandi.

    Minisitiri Dr Ngamije yavuze ko hari urutonde ruri gukorwa ariko rugenda ruvugururwa ariko yizeza ko ntawe uzacikanwa hagendewe ku mitegurire y’iki gikorwa n’uburyo hari gukorwa ibishoboka byose ngo kizagende neza kandi gikorwe mu mucyo.

    Yakomeje avuga ko “Aho abantu bazakingirirwa tuzahamenyesha, ni mu mavuriro, bazakingirwa n’abakozi bo kwa muganga babifitiye ubumenyi, bakabasobanurira uko urukingo ruteye, uko umuntu aruterwa, ibibazo ashobora kugira byoroshye nk’akariro [umuriro muke], kuribwa aho barumuteye, ibintu nk’ibyo tuzajya tubisobanura, n’uko agomba kwitwara.”

    Biteganyijwe ko miliyoni 124$ (arenga miliyari 121 Frw) ariyo azakoreshwa mu gukingira Abanyarwanda 60% kugira ngo icyorezo cya COVID-19 kirandurwe burundu.

    Abahanga bagaragaza ko uru rukingo rugabanya ibyago byo kurwara COVID-19 y’igikatu ariko ukaba wayandura ariko ukagira virusi nke mu mubiri ku buryo utakwanduza abandi.

    Dr Ngamije ati “Ari na yo mpamvu tubyita urukingo, kuko niturubona turi benshi virusi izacika intege, twongere dusubire mu buzima busanzwe. Izo ngamba zo kwirinda ziracyahari ndetse tugomba kubigumana mu mutwe. Abavuga ko urukingo ruje bagiye gutandukana n’agapfukamunwa si ko bimeze. Tuzagumya kuzirikana ingamba zo kwirinda COVID-19.”

    Kugeza ku wa Gatandatu tariki 20 Gashyantare, Minisiteri y’Ubuzima igaragaza ko kuva icyorezo cya COVID-19, cyagera mu Rwanda abantu 17 988 aribo bari bamaze kucyandura mu bipimo 973 922 bimaze gufatwa. Muri rusange abantu 16 597 ni bo bamaze gukira iki cyorezo mu gihe abo kimaze guhitana ari 247.

    Minisitiri w’Ubuzima, Dr Ngamije Daniel, yavuze ko Abanyarwanda bazabanza gusobanurirwa imiterere n’imikorere y’inkingo za COVID-19 mbere yo kuzihabwa

  • Abanyarwanda basabwe kudahindura restaurants utubari kuko bishobora gusubiza igihugu mu kaga –

    Yabigarutseho kuri uyu wa Gatandatu tariki 20 Gashyantare 2021, mu kiganiro na RBA, ubwo bamwe mu bagize Guverinoma basobanuraga ingamba zashyizweho hagamijwe kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID-19.

    Inama y’Abaminisitiri yateranye hifashishijwe ikoranabuhanga ku wa 19 Gashyantare 2021 ni yo yafatiwemo imyanzuro irimo uwo gufungura bimwe mu bikorwa birimo ubucuruzi bw’ibiryo [restaurants] ndetse n’ahacururizwa icyayi n’ikawa hazwi nka Café.

    Uwo mwanzuro uvuga ko “Resitora na Café zemerewe kongera gukora ariko ntizirenze 30% y’ubushobobozi bwazo bwo kwakira abantu.”

    “Zemerewe kwakira abakiliya kugeza saa Kumi n’Ebyiri (6:00Pm) ariko serivisi zo kugeza ku bantu ibyo bakeneye batahana (takeaways or food delivery services) zo zemerewe gukomeza gukora kugeza saa Mbili z’ijoro (8:00Pm).”

    Minisitiri Ngamije yavuze ko kuba hari ibikorwa bimwe byafunguwe bitavuze ko abantu bakwiriye kwirara ngo bakore ibitemewe hagamijwe ubusabane, ibintu avuga ko byashyira igihugu cyose mu kaga.

    Yagize ati “Ndashaka gusaba Abanyarwanda ko tutakongera gusubira mu bibazo twahuye nabyo byo mu kwezi kwa 11 n’ukwa 12 aho wasangaga aho hantu harahindutse utubari mu by’ukuri, byitwa ngo haratanga amafunguro ariko ari utubari.”

    Avuga ko hari bamwe mu bakiliya bajya muri za resitora bitwikiriye kugura ibyo kurya ubundi bakifatira ibyo kunywa bikarangira icyari resitora gihinduka akabari.

    Ati “Umuntu akinjiramo saa Tanu za mu gitondo, akahava saa Kumi n’ebyiri bateruye, bari itsinda ry’abantu benshi bari mu kabari, bateretse isahani y’ibiryo banze kurya kugira ngo bajijishe kandi bari mu kabari.”

    Yakomeje agira ati “Ntidukeneye ko kwitwara nabi bidusubiza mu bibazo tuvuyemo kandi abantu benshi twabibonyemo ingaruka nyinshi ku bukungu, ku mibereho yacu, abana batize, sinzi niba hari umuntu wakongera gushaka gusubira mu bibazo nk’ibyo.”

    Kuva mu mpera z’umwaka ushize, abantu benshi bafashwe nyuma yo kurenga ku mabwiriza yo kwirinda Coronavirus ndetse bamwe bagafatwa banywa inzoga ari benshi kandi bitemewe.

    Ibi biri mu byatumye Umujyi wa Kigali ushyirwa muri gahunda ya Guma mu rugo ndetse ingendo ziwuhuza n’intara zirahagarikwa.

    Mu ntangiriro za Gashyantare 2021, Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera, yavuze ko hari Abanyarwanda by’umwihariko abo mu Mujyi wa Kigali bari muri guma mu rugo bakoresha amayeri atandukanye mu kubeshya bagamije kunyuranya n’amabwiriza yashyizweho yo kwirinda ikwirakwira rya COVID-19.

    Imibare ya Polisi y’Igihugu yo muri icyo gihe yagaragaje ko mu byumweru bibiri abantu bagenza amaguru 117 630, bafashwe barenze ku mabwiriza ya COVID-19, arimo kutambara neza agapfukamunwa, kurenza amasaha n’ibindi. Hari abandi 2066 bafashwe banywa inzoga cyangwa bazigurisha mu gihe utubari tutemerewe gukora. Imodoka zafashwe ni 2218, moto 912 ndetse n’amagare 612.

    Abaturage bibukijwe ko buri wese afite inyungu mu kwirinda no kubahiriza amabwiriza yashyizweho mu guhangana na COVID-19