Tag: featured

  • Rusesabagina yikuye mu rubanza; amategeko abivugaho iki? –

    Rusesabagina na bagenzi be 20 barimo Nsabimana Callixte ‘Sankara’ wari Umuvugizi wa FLN, bari kuburanishwa n’Urugereko rwihariye ruburanisha Ibyaha Mpuzamahanga n’Ibyambukiranya Imipaka ruherereye i Nyanza mu Majyepfo y’u Rwanda.

    Rusesabagina wakunze kugaragaza inzitizi kuva ku munsi wa mbere ubwo yitabaga urukiko, yabishimangiye kuri uyu wa Gatanu imbere y’Inteko Iburanisha avuga ko hari uburenganzira bwe bw’ibanze butubahirijwe bityo ahagaritse urubanza rwe.

    Yagize ati “Ndagira ngo mbwire urukiko n’ubucamanza ko uburenganzira bwanjye bw’ibanze bwo kwiregura no kugira uburenganzira ku rubanza ruboneye, urukiko rwanze kubwubahiriza.”

    Yakomeje agira ati “Kuba rero uburenganzira bwanjye bwanze kubahirizwa, ndagira ngo menyeshe urukiko ko nta butabera na bumwe ntegereje hano bityo nkaba mbamenyesha ko ntazongera kwitabira uru rubanza. Urubanza rwanjye ndaruhagaritse.”

    Me Rudakemwa Félix umwunganira, yavuze ko nk’umuntu wunganira Rusesabagina, agendera ku byo avuze, ko amushyigikiye nta kindi yarenzaho.

    Umucamanza yahise ababwira ko bakwicara mu gihe iburanisha rikomeje. Umwunganizi wa Rusesabagina asaba ko we bamureka akagenda, ariko umucamanza amusaba kwicara kuko aza gusinyira ibyavugiwe mu rukiko.

    Amategeko abivugaho iki?

    “Qui ne dit mot consent”, bishatse kuvuga ngo utagize icyo avuga, aba yemeye. Ni ihame rikomeye mu butabera kandi rikurikizwa.

    Abanyamategeko basobanura ko ubusanzwe haba mu Bugenzacyaha, Ubushinjacyaha ndetse no mu Rukiko, umuntu afite uburenganzira bwo guceceka ariko ntabwo bibuza ibazwa cyangwa urubanza gukomeza.

    Umunyamategeko Me Buhuru Célestin yabwiye IGIHE ko ibyakozwe na Rusesabagina ari ibisanzwe ariko bitazabuza urubanza gukomeza.

    Ati “Ni uburenganzira bw’umuburanyi, ashobora no kutagira icyo avuga, akanzura ko nta kintu azongera kuvuga agaceceka, ashobora no kuvuga ko atazitaba ntazongere kuburana. Gusa urukiko narwo rufite ububasha bwo gukomeza rukamuburanisha adahari.”

    Rusesabagina ashobora guhitamo kutongera kugaruka imbere y’urukiko ariko akaba yaha uburenganzira abamwunganira, bakajya bitaba urukiko bakamuburanira kuzageza igihe iburanisha rirangiriye.

    Me Buhuru ati “Nawe ashobora guha Abavoka be uburenganzira, Urukiko narwo rufite uburenganzira bwo kuba rwavuga ruti tuzakuburanisha nk’umuntu wanze kwitaba urukiko.”

    Ubusanzwe mu mategeko ibishoboka ni ukwihana umucamanza cyangwa se inteko iburanisha gusa ku rundi ruhande nta ngingo mu mategeko igenga ibijyanye no kuba umuburanyi yakwihana ubutabera muri rusange.

    Ingingo ya 103 y’Itegeko ryerekeye imiburanishirize y’imanza z’imbonezamubano, iz’ubucuruzi, iz’umurimo n’iz’ubutegetsi iteganya uko bigenda mu gihe umuburanyi ahisemo kwihana umucamanza.

    Ingingo ya 106, iteganya ko kwihana umucamanza bikorwa mu nyandiko igihe cyose urubanza rutaracibwa. Uwihannye Umucamanza mu iburanisha agomba kwandikira Perezida w’Urukiko inyandiko isobanura impamvu z’ubwihane mu gihe kitarenze umunsi umwe ukurikira uwo iburanisha ryabereyemo ubwihane.

    Iyo icyo gihe kirenze ataratanga iyo nyandiko, bifatwa nk’aho nta bwihane bwabaye, urubanza rugasubukurwa.

    Mu Rukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha Rwashyiriweho u Rwanda (ICTR), André Rwamakuba, washinjwaga ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi, yavuze ko atazongera kugaruka imbere y’urukiko.

    Me Buhuru ati “Yagiye kuburana umunsi wa mbere, indi yose aravuga ati ntabwo nzongera kuza kuburanira imbere y’uru rukiko ruyoborwa na satani, ntabwo nzongera kuza kwitaba kuko mbona umucamanza ari nko kuburana na satani.”

    “Urubanza rwa Rwamakuba rwabaye rurinda rurangira atitabye kandi yaratsinze, baramurekuye yabaye umwere. Rero ntabwo bwaba ari ubwa mbere bibaye mu manza nk’izi ziri mpuzamahanga.”

    Uyu munyamategeko avuga ko ariko buriya Rusesabagina agifite uburenganzira bwo kujuririra iki cyemezo yafasha cy’uko atazagaruka mu rubanza, bityo akaba yakongera kurugarukamo akaburana.

    Ati “Buriya umwunganira [Me Rudakemwa], ashobora kugenda bakicara we n’umukiliya we, bagafata umwanzuro w’ibizakurikira kubera ko ibyo aribyo byose urukiko rushobora gufata icyemezo kandi icyo cyemezo umuburanyi aba afite uburenganzira bwo kukijuririra.”

    Paul Rusesabagina yavuze ko atizeye ubutabera bityo ko urubanza rwe aruhagaritse

  • Umwarimukazi w’i Rusizi yashyize video y’ubwambure bwe ku mbuga nkoranyambaga –

    Ayo mashusho amara amasegonda 30, agaragaza umwarimukazi bigaragara ko ari mu kigero cy’imyaka 45 yambaye umwitero, yawukinze mu mabere n’ahandi hose. Aba asa n’umuntu uri kubyina, agaragaza imiterere ye. Ukomeje kureba, wa mwitero awukuraho akongera akawusubizaho ariko muri uko kuwukuraho, ubwambure bwe bwose buragaragara.

    Biba bisa n’aho ari amashusho yafashe ashaka kohereza umuntu kuko aba yitegeye Camera ya telefoni neza agaragara wese.

    Umubyeyi urerera ku kigo yigishaho, yabwiye IGIHE ko ibyo uyu mwarimu yakoze ari agahomamunwa. Ati “Ni gute wakwigishwa n’umwarimu nk’uyu ukagira ubwenge?”

    Ushinzwe uburezi mu Karere ka Rusizi, Nsabimana Théogène, yabwiye IGIHE ko atarabona raporo ijyanye n’ibyakozwe n’uyu mwarimu gusa ko agiye kubikurikirana.

    IGIHE yabashije kubona nimero ya telefoni y’uyu mwarimukazi, asobanura ko ubwo yafataga aya mashusho, n’umugabo we yari ahari.

    Ati “Nari iwanjye n’umugabo tugiye gutembera noneho ndi kwambara ansaba ko nakwifotora nkoresheje telefone n’uko ndabimwemerera noneho video yagumye muri telefone ku wa Mbere ngiye ku ishuri arampamagara ambwira ko nibagiwe kuyimwoherereza nibwo nakoze kuri Status nibeshye gahita kagenda.”

    Umupadiri uyobora ishuri uyu mwarimu yigishaho yabwiye IGIHE ko yatunguwe no kubona ayo mashusho ndetse ko nk’ubuyobozi bw’ishuri byababaje.

    Ati “Uko mwabibonye natwe ni ko twabibonye biratubabaza turamuganiriza atubwira ko yibeshye akabishyira kuri status ariko ko nyuma yasabye imbabazi n’ababibonye bose uretse ko bamubazaga icyo ari kuzibasabara, gusa ubusanzwe ni umwarimu mwiza ku buryo nanjye nabifashe nk’aho ari ukwibeshya.”

    Uyu mwarimukazi ni umubyeyi w’abana bane.

    Hejuru ku ifoto: Umujyi wa Kamembe mu Karere ka Rusizi


  • Nyagatare: Hangijwe ibiyobyabwenge bifite agaciro ka miliyoni 12 Frw –

    Ibi biyobyabwenge byangijwe kuri uyu wa Gatanu tariki ya 12 Werurwe 2021 kuri sitasiyo ya Polisi ya Nyagatare.

    Birimo litiro 759 za kanyanga, inzoga itemewe izwi nka Maishabora amapaki 888, Gin 5598, kambuca 948 ndetse n’urumogi ibiro 28 ndetse n’imifuka 22 y’amashashi byose hamwe bifite agaciro ka miliyoni 12 z’amafaranga y’u Rwanda.

    Bamwe mu baturage bafatanwe ibi biyobyabwenge ndetse n’imyenda ya caguwa abenshi bavuga ko babikuraga muri Uganda, ko bohererezaga amafaranga abari muri iki gihugu nabo bakaboherereza ibyo bakeneye.

    Habiyaremye Vincent utuye mu Murenge wa Kiyombe mu Kagari ka Gitenga yavuze ko yatangiye gucuruza caguwa mu 2019 azikura muri Uganda, ni ibintu avuga ko yari azi neza ko bitemewe ariko kuri ubu abisabira imbabazi.

    Ati “Iminsi maze nitekerejeho nisubiraho ubu ndamutse ndekuwe naba intangarugero mu bandi.”

    Nyiransabimana Divine utuye mu Murenge wa Tabagwe we avuga ko yafashwe mu kwezi gushize nawe afatanwa caguwa azikuye muri Uganda.

    Ati “Njye noherezaga amafaranga muri Uganda bakanyoherereza ibintu, byamara kugera ku mupaka nkajya kubizana, abaturage nibo bantanzeho amakuru, ubu ndicuza kuko nta nyungu nabibonyemo ngiye gufungwa, ubikora namugira inama yo kubireka.”

    Umuturage witwa Sibomana Aimable we asanga leta ikwiriye kongera imbaraga ishyira mu kurwanya ibiyobyabwenge ngo kuko bikomeje kwangiza urubyiruko rwinshi rwishora mu kubikoresha.

    Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare, Mushabe David Claudien, yavuze ko yaba ubuyobozi n’abaturage bagifite akazi kenshi kugira ngo hafashwe abantu bishora mu gucuruza ibiyobyabwenge.

    Ati “ Ubu dutwitse kanyanga, dutwitse urumogi kandi mu by’ukuri bikorwa n’abaturage bacu n’abaturanyi babo, ni ukuvuga ngo bakabaye badufasha mu kutugaragariza abantu baba muri ibi bintu kuko bafite aho bataha abenshi barabazi.”

    Mushabe yavuze ko hakiri abaturage benshi bagikora ibintu bituma barenga ku mategeko kandi bitari bikwiriye, yavuze ko hari inzoga nyinshi zafashwe nyamara iyo zicishwa ku mupaka zari kwemerwa.

    Yakomeje avuga ko kuri ubu bafite impungenge z’abaturage baca mu nzira zitemewe z’uko bashobora kuzana COVID-19 asaba abaturiye imipaka gutanga amakuru ku bantu bacuruza magendu n’ibiyobyabwenge.

    Meya Mushabe kandi yakebuye abayobora Amasibo yegereye umupaka ko baramutse barwanyije ibiyobyabwenge bishobora gucika mu buryo bworoshye.

    Ibiyobyabwenge bifite agaciro ka miliyoni 12 Frw nibyo byangijwe

  • Icyemezo cy’urukingo gishobora kuzakenerwa n’abazitabira CHOGAM ‘izaba imbonankubone’ –

    Iyi nama izwi nka CHOGM [The Commonwealth Heads of Government Meeting], isanzwe iba nyuma ya buri myaka ibiri, yagombaga kuba yarabereye mu Rwanda ku wa 22–27 Kamena 2020, iza gusubikwa ku mpamvu z’icyorezo cya COVID-19, cyatumye inama n’ibindi bikorwa bikomeye bisubikwa.

    Mu kiganiro n’abanyamakuru, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Vincent Biruta, ari kumwe n’Umunyamabahanga Mukuru wa Commonwealth, Patricia Scotland, uri mu ruzinduko rw’iminsi itatu mu Rwanda, rugamije kurebera hamwe aho imyiteguro ya CHOGM igeze, bavuze ko iyi nama izabaho nta kabuza ndetse ko imyiteguro y’u Rwanda iri ku rwego rwo hejuru.

    Minisitiri Biruta yavuze kugira ngo iyi izabe mu buryo butazashyira ubuzima bw’abayitabiriye mu kaga, Minisiteri y’Ubuzima iri kwiga ku mabwiriza ajyanye na Coronavirus azagenderwaho n’abazitabira.

    Yagize ati “Minisiteri y’Ubuzima iri kudufasha muri icyo gikorwa, kandi turi gukurikiza amabwiriza y’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS) kugira ngo tumenye icyo tuzasaba abazitabira CHOGAM, niba bazaba bikingikije, ibyo byaba ari byiza kurushaho, cyangwa niba basabwa kuzisuzumisha bageze mu Rwanda, turi kwita ku cyorezo cya Coronavirus mu byo turi gukora byose”.

    Byitezwe ko amabwiriza azashyirwaho na Minisiteri y’Ubuzima ashobora gutangazwa mu gihe cya vuba, bitewe n’uko mu byumweru bibiri biri imbere, itsinda riri gutegura iyi nama rizazenguruka ibihugu bigize Commonwealth, ribasobanurira aho imyiteguro igeze, ndetse n’ibyo basabwa kugira ngo bazitabire iyi nama kandi ibintu byose bigende neza.

    Iri tsinda kandi ryanashimwe n’Umunyamabanga Mukuru wa Commonwealth, Patricia Scotland, wavuze ko imyiteguro y’u Rwanda itangaje cyane, ndetse ko iri ku rwego rwo hejuru.

    Umubare w’abazitabira CHOGAM nturamenyekana neza

    Mu bihe bisanzwe, CHOGAM yari kuzitabirwa n’abantu bakabakaba 10 000, ariko bitewe n’icyorezo cya Coronavirus, umubare w’abazitabira iyi nama ntiramenyekana.

    Scotland yavuze ko umubare w’abazitabira CHOGAM uzaterwa n’uko icyorezo cya Coronavirus kizaba gihagaze mu Rwanda ndetse no mu mahanga.

    Yagize ati “Hari ubushake bw’uko abayobozi b’ibihugu bigize Commonwealth bifuza kwitabira iyi nama no gusura igihugu cyiza cy’u Rwanda, ariko kwitabira iyi nama bizaterwa n’uko ibintu bizaba bihagaze muri ibyo bihe”.

    Uyu muyobozi kandi yanyomoje amakuru yari amaze iminsi ahwihwiswa ko iyi nama izaba hifashishijwe ikoranabuhanga, kuko n’ubundi izindi nama ziyitegura zabaga hifashishiga iryo koranabuhanga. Yavuze ko iyi nama “izaba imbonankubone, mu buryo abantu bazaba bari mu Rwanda”.

    Ku ruhande rw’u Rwanda, yavuze ko rwiteguye neza ndetse ko afite icyizere ko iyi nama izagenda neza, bitewe n’aho imyiteguro amaze iminsi asuzuma igeze.

    Yanavuze ko ari iby’agaciro kuba iyi nama igiye kubera mu Rwanda, kuko ingingo zizaganirwaho, zirimo uburinganire bw’abagore n’abagabo, umutekano no guhangana n’imihindagurikire y’ikirere, u Rwanda ruzifiteho uburambe bishingiye ku mateka yarwo na politiki rugenderaho kuri ubu.

    Ku ruhande rwa Minisitiri Biruta, yashimangiye ko kuba u Rwanda rwaratangiye gutanga inkingo, ari kimwe mu bituma igihugu kigira icyizere cy’uko iyi nama izagenda neza, ati “itangwa ry’inkingo ziduha icyizere cy’uko Inama izagenda neza, tuzakomeza gukurikiranira hafi amakuru ajyanye n’iki cyorezo kandi twiteguye neza kwakira iyi nama”.

    Nyuma y’iyi Nama, Perezida Kagame azafata inshingano zo kuyobora uwo muryango mu myaka ibiri izakurikiraho, aho Minisitiri Biruta yavuze ko mu gihe u Rwanda ruzaba ruyoboye uyu Muryango, ruzatanga umusanzu warwo.

    Yagize ati “Umusanzu w’u Rwanda ni uko rwiteguye gutanga inama no gutanga ibitekerezo. Mu gihe kandi tuzaba tuyoboye uyu Muryango, tuzaharanira gushyira mu bikorwa mu buryo bugaragara ibizemerezwa muri iyi Nama, ndetse no gukorana n’abandi mu buryo butanga umusaruro”.

    Mu ngingo zizaganirwaho harimo ingamba zo guhangana n’icyorezo cya COVID-19, ikibazo cy’imihindagurikire y’ibihe, uburinganire no guteza imbere ubucuruzi mu bihugu bihuriye muri Commonwealth.

    Iyi nama imara Icyumweru, ntabwo abakuru b’ibihugu baza ngo bateranire hamwe, ahubwo habanza inama z’amahuriro ane; iy’ubucuruzi, urubyiruko, abagore n’ihuriro rya za sosiyete sivile.

    Aya mahuriro aba ari manini afite abantu 1500 cyangwa 1000, ku buryo inama zayo zimara iminsi ibiri cyangwa itatu ziganira ku ngingo zizireba. Imyanzuro yazo igezwa ku nama y’abakuru b’ibihugu itangira kuwa Kane kugeza kuwa Gatandatu.

    Minisitiri w’Ububanyi n’Amabanga w’u Rwanda, Dr. Vincent Biruta, ari kumwe n’Umunyamabanga Mukuru wa Commonwealth, Patricia Scotland, ubwo bari mu kiganiro n’abanyamakuru

    Minisitiri w’Ububanyi n’Amabanga w’u Rwanda, Dr. Vincent Biruta, yavuze ko u Rwanda rwiteguye kwakira Inama ya CHOGAM

    Umunyamabanga Mukuru wa Commonwealth, Patricia Scotland, ubwo yari mu kiganiro n’abanyamakuru kuri uyu wa Gatanu

  • Icyemezo cy’urukingo gishobora kuzakenerwa n’abazitabira CHOGAM ‘izaba imbonankubone’ –

    Iyi nama izwi nka CHOGM [The Commonwealth Heads of Government Meeting], isanzwe iba nyuma ya buri myaka ibiri, yagombaga kuba yarabereye mu Rwanda ku wa 22–27 Kamena 2020, iza gusubikwa ku mpamvu z’icyorezo cya COVID-19, cyatumye inama n’ibindi bikorwa bikomeye bisubikwa.

    Mu kiganiro n’abanyamakuru, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Vincent Biruta, ari kumwe n’Umunyamabahanga Mukuru wa Commonwealth, Patricia Scotland, uri mu ruzinduko rw’iminsi itatu mu Rwanda, rugamije kurebera hamwe aho imyiteguro ya CHOGM igeze, bavuze ko iyi nama izabaho nta kabuza ndetse ko imyiteguro y’u Rwanda iri ku rwego rwo hejuru.

    Minisitiri Biruta yavuze kugira ngo iyi izabe mu buryo butazashyira ubuzima bw’abayitabiriye mu kaga, Minisiteri y’Ubuzima iri kwiga ku mabwiriza ajyanye na Coronavirus azagenderwaho n’abazitabira.

    Yagize ati “Minisiteri y’Ubuzima iri kudufasha muri icyo gikorwa, kandi turi gukurikiza amabwiriza y’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS) kugira ngo tumenye icyo tuzasaba abazitabira CHOGAM, niba bazaba bikingikije, ibyo byaba ari byiza kurushaho, cyangwa niba basabwa kuzisuzumisha bageze mu Rwanda, turi kwita ku cyorezo cya Coronavirus mu byo turi gukora byose”.

    Byitezwe ko amabwiriza azashyirwaho na Minisiteri y’Ubuzima ashobora gutangazwa mu gihe cya vuba, bitewe n’uko mu byumweru bibiri biri imbere, itsinda riri gutegura iyi nama rizazenguruka ibihugu bigize Commonwealth, ribasobanurira aho imyiteguro igeze, ndetse n’ibyo basabwa kugira ngo bazitabire iyi nama kandi ibintu byose bigende neza.

    Iri tsinda kandi ryanashimwe n’Umunyamabanga Mukuru wa Commonwealth, Patricia Scotland, wavuze ko imyiteguro y’u Rwanda itangaje cyane, ndetse ko iri ku rwego rwo hejuru.

    Umubare w’abazitabira CHOGAM nturamenyekana neza

    Mu bihe bisanzwe, CHOGAM yari kuzitabirwa n’abantu bakabakaba 10 000, ariko bitewe n’icyorezo cya Coronavirus, umubare w’abazitabira iyi nama ntiramenyekana.

    Scotland yavuze ko umubare w’abazitabira CHOGAM uzaterwa n’uko icyorezo cya Coronavirus kizaba gihagaze mu Rwanda ndetse no mu mahanga.

    Yagize ati “Hari ubushake bw’uko abayobozi b’ibihugu bigize Commonwealth bifuza kwitabira iyi nama no gusura igihugu cyiza cy’u Rwanda, ariko kwitabira iyi nama bizaterwa n’uko ibintu bizaba bihagaze muri ibyo bihe”.

    Uyu muyobozi kandi yanyomoje amakuru yari amaze iminsi ahwihwiswa ko iyi nama izaba hifashishijwe ikoranabuhanga, kuko n’ubundi izindi nama ziyitegura zabaga hifashishiga iryo koranabuhanga. Yavuze ko iyi nama “izaba imbonankubone, mu buryo abantu bazaba bari mu Rwanda”.

    Ku ruhande rw’u Rwanda, yavuze ko rwiteguye neza ndetse ko afite icyizere ko iyi nama izagenda neza, bitewe n’aho imyiteguro amaze iminsi asuzuma igeze.

    Yanavuze ko ari iby’agaciro kuba iyi nama igiye kubera mu Rwanda, kuko ingingo zizaganirwaho, zirimo uburinganire bw’abagore n’abagabo, umutekano no guhangana n’imihindagurikire y’ikirere, u Rwanda ruzifiteho uburambe bishingiye ku mateka yarwo na politiki rugenderaho kuri ubu.

    Ku ruhande rwa Minisitiri Biruta, yashimangiye ko kuba u Rwanda rwaratangiye gutanga inkingo, ari kimwe mu bituma igihugu kigira icyizere cy’uko iyi nama izagenda neza, ati “itangwa ry’inkingo ziduha icyizere cy’uko Inama izagenda neza, tuzakomeza gukurikiranira hafi amakuru ajyanye n’iki cyorezo kandi twiteguye neza kwakira iyi nama”.

    Nyuma y’iyi Nama, Perezida Kagame azafata inshingano zo kuyobora uwo muryango mu myaka ibiri izakurikiraho, aho Minisitiri Biruta yavuze ko mu gihe u Rwanda ruzaba ruyoboye uyu Muryango, ruzatanga umusanzu warwo.

    Yagize ati “Umusanzu w’u Rwanda ni uko rwiteguye gutanga inama no gutanga ibitekerezo. Mu gihe kandi tuzaba tuyoboye uyu Muryango, tuzaharanira gushyira mu bikorwa mu buryo bugaragara ibizemerezwa muri iyi Nama, ndetse no gukorana n’abandi mu buryo butanga umusaruro”.

    Mu ngingo zizaganirwaho harimo ingamba zo guhangana n’icyorezo cya COVID-19, ikibazo cy’imihindagurikire y’ibihe, uburinganire no guteza imbere ubucuruzi mu bihugu bihuriye muri Commonwealth.

    Iyi nama imara Icyumweru, ntabwo abakuru b’ibihugu baza ngo bateranire hamwe, ahubwo habanza inama z’amahuriro ane; iy’ubucuruzi, urubyiruko, abagore n’ihuriro rya za sosiyete sivile.

    Aya mahuriro aba ari manini afite abantu 1500 cyangwa 1000, ku buryo inama zayo zimara iminsi ibiri cyangwa itatu ziganira ku ngingo zizireba. Imyanzuro yazo igezwa ku nama y’abakuru b’ibihugu itangira kuwa Kane kugeza kuwa Gatandatu.

    Minisitiri w’Ububanyi n’Amabanga w’u Rwanda, Dr. Vincent Biruta, ari kumwe n’Umunyamabanga Mukuru wa Commonwealth, Patricia Scotland, ubwo bari mu kiganiro n’abanyamakuru

  • Haribazwa byinshi ku mibiri y’Abarokotse Jenoside yabonetse mu musarani w’umuturage wimanye amakuru –

    Mbere y’uko iyo mibiri ijya gushakwa mu musarani, amakuru yavugaga ko yari ishyinguwe mu murima w’uyu mugore, akaba ari amakuru yari yatanzwe n’umuntu wari umaze gufungurwa, wavuze ko muri uwo murima hashyinguye Abatutsi bishwe muri Jenoside mu 1994.

    Uyu Nyiransibura yari asanzwe ahinga muri uwo murima, ariko awukodesha ku muntu warokotse Jenoside nawe wakomokaga mu muryango w’abantu byakekwaga ko bashyinguwe muri uwo murima.

    Icyemezo cyo gushaka imibiri muri uwo murima cyafashwe nyuma y’uko mu mirima iwukikije hasanzwe indi mibiri, bigatuma n’uwo utangira gukekwa na cyane ko wari waratanzweho amakuru.

    Perezida wa Ibuka mu Karere ka Nyabihu, Juru Athanase, yavuze ko icyatumye uyu muturage akekwa ari amakuru bahawe yerekanaga ko aho Nyiransibura ahinga hashyinguwe imibiri y’abari bagize umuryango wari uhatuye, ariko bakaza kuburirwa irengero.

    Ati “Kuva Jenoside yahagarikwa mu 1994, uyu Nyiransibura yahingaga uyu murima ariko uwukodesha n’umwe mu bari bararokotse muri uyu muryango. Nyuma yaje kuwugura burundu akomeza kuwuhinga. Twaje guhabwa amakuru ko abishwe bo muri uyu muryango bashyinguwe mu mbuga yawo turashakisha imibiri turayibura.”

    Nyuma yo kubura iyi mibiri mu murima y’uyu muturage, hibajijwe byinshi ku hantu iyo mibiri iherereye, maze ubwo iperereza riratangira. Nyuma yaho gato, mu mirima y’abandi baturage ituranye n’uyu mugore habonetse indi mibiri, bituma uyu mugore akomeza gukekwa kurushaho, n’ubwo imibiri yari yarabuze mu murima we.

    Juru yakomeje agira ati “Muri Gashyantare, tariki ya 2 uyu mwaka, nibwo habonetse imibiri ibiri mu murima uri hepfo y’aho uyu mugore atuye, na none ku wa 15 Gashyantare uyu mwaka nabwo habonetse indi mibiri ibiri mu murima uri haruguru y’uwe. Ibi byatumye duhitamo no kuba twajya gushakira iwe niba iyi mibiri itaba ituruka iwe”.

    Akomeza avuga ko bamuregeye ubutabera kubera n’imyitwarire Nyiransibura yagaragazaga irimo amagambo akomeretsa yamuranganga, agafatwa agafungwa ariko akaza kurekurwa ari nabwo yahise atoroka.

    Ati “Twatanze ikirego n’ibimenyentso ariko mu gihe hashakwaga ibindi yarafunguwe ari nabwo yaje gutoroka, ubu ntabwo yari yaboneka ariko azakomeza ashakishwe”.

    Juru akomeza avuga ko nyuma yo kubura imibiri mu mirima, kandi bafite amakuru y’uko yajugunyweyo, batangiye gushaka iyi mibiri ahandi hantu, bituma bajya kurebera mu musarani wari mu rugo rw’uyu mugore.

    Babanje gushakira mu musarani wari waruzuye, imibiri bayisangamo, ndetse baza no gushakira mu musarani uri gukoreshwa ubu, ari ntibagira iyo basangamo.

    Ibuka ikomeza gusaba abantu bose bazi ahaba harajugunywe abishwe muri Jenocide yakorewe Abatutsi, gukomeza gutanga amakuru kugira ngo iyo mibiri ishakishwe.

    Umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu, Mukandayisenga Antoinette, asaba abantu bose bafite amakuru y’ahaba harajugunywe imibiri y’abishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi, kuyatanga no kwirinda gukomeza kuyihisha kuko ari ugushinyagurira abishwe bimwa uburenganzira bwabo bwo gushyingurwa mu cyubahiro.

    Yagize ati “Birababaje ku gikorwa nk’iki kuko uyu muntu yabikoze abigambiriye kuko yakomeje guhisha amakuru, yarafashwe arafungwa ariko kuri ubu yaratorotse, turacyamushakisha. Imibiri yabonetse ntabwo twari twamenya ngo ni ingahe kuko yarangiritse ariko harakekwa uyu mugire kuko aho yahingaga ariho hakekwaga iyi mibiri ikaza kubura, igiye gutunganywa nyuma izashyingurwe mu cyubahiro”.

    Ubuyobozi bw’Akarere kandi busaba abaturage bose kwitwararika muri iki gice igihugu cyegereje ibihe byo kwibuka, abafite amakuru bakayatanga kandi bagakomeza gufashanya mu gusubiza icyubahiro abacyambuwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

    Mu Karere ka Nyabihu hagaragaye imibiri y’Abishwe muri Jenoside yari ihishe mu musarani /Ifoto: KT Press

  • Rusesabagina yasekeje urukiko avuga ku bavoka bo mu ijuru –

    Urubanza ruregwamo Paul Rusesabagina n’abandi 20, rwakomeje kuri uyu wa Gatanu tariki 12 Werurwe 2021, mu cyumba cy’Urukiko rw’Ikirenga ku Kimihurura.

    Ku wa Kane, Rusesabagina yari yitabye urukiko atari kumwe n’umwunganizi we, Me Rudakemwa Félix, bituma urubanza rusubikwa nyuma yo gusesengura no gusanga mu nyungu z’ubutabera no guha uburenganzira uregwa bwo kunganirwa bikwiye ko aba ari kumwe n’umunyamategeko we.

    Me Rudakemwa yavuze ko Rusesabagina yangiwe guhabwa abanyamategeko be barimo Kate Gibson na Philippe LaRochelle. Ubwo ngo yatangaga ubwo busabe, yasubijwe ko hashingiwe ku masezerano mpuzamahanga ku kijyanye n’imikoranire y’ibihugu bitashoboka.

    Umucamanza yabwiye Me Rudakemwa ko Rusesabagina yunganiwe n’Abavoka babiri kandi bafite uburambe muri uyu mwuga, ikindi kandi ngo niwe wabihitiyemo, maze Rusesabagina ahita asaba ijambo agaragaza ko yabujijwe kunganirwa n’abanyamategeko mpuzamahanga.

    Ati “Ndagira ngo mbabwire ko icyo kintu cyabaye imbogamizi kuva ku munsi wa mbere kugeza uyu munsi kuko nizera ntashidikanya ko ku Isi yose, umuntu aburanirwa n’Abavoka yihitiyemo, nibyo koko nahisemo Me Gatera na Rudakemwa ariko ni nabyo koko ko nahisemo n’abandi bavoka bandi.”

    Rusesabagina yavuze ko atumva impamvu yasabwe guhitamo Abamwunganira kandi we yarashoboraga gutumiza abo ashaka bose byanashoboka agatumiza abavuye mu Ijuru.

    Ati “Sinumva impamvu ari njye bigiye kubaho njye nyine muri iki gihugu, bambwira ngo ugomba guhitamo Abavoka, ariko urahitamo muri twebwe. Ni cyo gisubizo nahawe, sinumva impamvu umuntu atunganirwa n’umwavoka yihitiyemo.”

    Yakomeje agira ati “Ndetse byanashoboka, ashoboye no gutumira n’uwo mu Ijuru, kuko bidashoboka? Nawe akaza akamuburanira.”

    Umucamanza yamubajije impamvu atatumiye uwo mwavoka wo mu ijuru, aseka yagize ati “N’uwo mu Isi baramwanze.’’

    Rusesabagina yavuze ko muri Nzeri 2020 ubwo yatangiraga kuburana, Umwavoka we w’Umubiligi, Vincent Lurquin, yageze mu Rwanda ariko ahava batabonanye.

    Umucamanza yavuze ko hari icyo amategeko ateganya, bityo Rusesabagina adakwiye gukomeza kuvuga ko yangiwe guhitamo abamwunganira yishakiye.

    Muri iri buranisha kandi Me Rudakemwa yasabye ko bahabwa amezi atandatu yo gutegura dosiye. Ati “Nyakubahwa Perezida, nibikorwa tuzaba tubonye ubutabera.’’

    Paul Rusesabagina wari Perezida wa MRCD ifite umutwe w’inyeshyamba wa FLN akurikiranyweho ibyaha bifitanye isano n’iterabwoba

    Rusesabagina yatunguranye avuga ko iyo abihererwa uburenganzira yari kuzana Abavoka bo mu Ijuru bakamwunganira

  • LIVE: Rusesabagina yasabye amezi atandatu yo gutegura dosiye y’urubanza rwe (Amafoto) –

    Urugereko rwihariye rw’Urukiko rukuru ruburanisha Ibyaha Mpuzamahanga n’ibyambukiranya Imipaka ruherereye mu Karere ka Nyanza ni rwo rurikuburanisha urubanza Rusesabagina Paul, Nsabimana Callixte ‘Sankara’ na Nsengimana Herman n’abandi 18 baregwamo ibyaha bifitanye isano n’ibikorwa by’iterabwoba bakekwaho.

    Uru rubanza ariko ruri kuburanishirizwa mu cyumba cy’Urukiko rw’Ikirenga ruri ku Kimihurura mu rwego rwo kwirinda Coronavirus.

    Rusesabagina yahoze ayoboye Impuzamashyaka ya MRCD, ifite Umutwe w’Ingabo wa FLN wagize uruhare mu bitero byagabwe ku Rwanda bikagwamo abaturage b’inzirakarengane mu bihe bitandukanye.

    Uyu musaza w’imyaka 66 ku wa Kane yageze mu rukiko atari kumwe n’umwunganizi we, Me Rudakemwa Félix, bituma urubanza rusubikwa nyuma yo gusesengura no gusanga mu nyungu z’ubutabera no guha uburenganzira uregwa bwo kunganirwa bikwiye ko aba ari kumwe n’umunyamategeko we.

    Nsabimana Callixte ‘Sankara’ n’umwunganira mu mategeko, Me Nkundabarashi Moïse bagaragaje ko kuba Me Rudakemwa atabonetse mu rukiko ari uburyo ’tactic’ bwo gukomeza gutinza urubanza nkana.

    Urukiko rwanzuye ko Me Rudakemwa na Mugabo Shariff Youssuf wunganira abarimo Hakizimana Théogène bitabira iburanisha ry’uyu munsi kugira ngo urubanza rukomeze.

    Kuri uyu wa Gatanu, biteganyijwe ko urubanza rukomeza Sankara aburana mu mizi kuko we yari yaratangiye kwiregura ku byaba bimwe na bimwe.

    -  UKO IBURANISHA RIRI KUGENDA:

    -  Rusesabagina yongeye gusaba guhabwa abavoka be mpuzamahanga

    Me Rudakemwa yavuze ko Rusesabagina yangiwe guhabwa abanyamategeko be barimo Kate Gibson na Philippe LaRochelle.

    Ubwo yatangaga ubwo busabe, yasubijwe ko hashingiwe ku masezerano mpuzamahanga ku kijyanye n’imikoranire y’ibihugu hanzuwe ko bitashoboka.

    Rusesabagina yavuze ko kuba atunganiwe n’abavoka be byabaye imbogamizi.

    Ati “Nahisemo Me Gatera na Me Rudakemwa ariko nanahisemo n’abandi bavoka, sinumva impamvu ari njye wa mbere waburanirwa n’abavoka nagenewe. Ni cyo gisubizo nahawe, sinumva impamvu umuntu atunganirwa n’umwavoka nihitiyemo. Ndetse umuntu yanatumira umwavoka wo mu ijuru, akaba yaza hano.’’

    Umucamanza amubajije impamvu atatumiye uwo mwavoka wo mu ijuru, aseka yagize ati “Nuwo mu Isi baramwanze.’’

    Yakomeje ati “Ababinsubije [ko ntashobora kubona] ni yo mpamvu mbisabye urukiko.’’

    -  Rusesabagina yasabye amezi atandatu yo gutegura dosiye

    09:00: Me Rudakemwa wunganira Rusesabagina yavuze ko nibura kugira ngo babone umwanya uhagije wo kwiga neza kuri dosiye, akeneye amezi nibura atandatu.

    Ati “Icyo gihe nibura ni bwo twazaza imbere yabo ku buryo dusobanura neza dosiye.’’

    08:52: Paul Rusesabagina yavuze ko umuyobozi wa gereza yamwemereye kumuha mudasobwa ariko kugeza iki gihe ntabwo arayibona.

    Ati “Ubu sinshobora kwinjira muri dosiye. Urubanza si igitabo umuntu asoma ahindura paji, bisaba kubisesengura. Nifuje ko bishobotse nanjye mwampa uburyo bwo kwicara nkiga kuri iyi dosiye duhuriyemo turi abantu 21. Nimara kubisoma, maze kubyiga nanabiganiriyeho n’abanyunganira mu mategeko, tuzaze kuburana ariko tuburana dosiye tuzi neza. Icyifuzo cyanjye ni uko ntegereje ko umuyobozi wa gereza ampa ibyo yansezeranyije.’’

    Yavuze ko no gufotora dosiye gusa nabyo ari urugendo rurerure cyane.

    Umucamanza Muhima Antoine yavuze ko gufotora dosiye bitakiri ngombwa.

    Rusesabagina yasabye ko yahabwa igihe, imashini yaboneka akazabona uko yiga kuri dosiye ye.

    08:47: Me Rudakemwa yavuze ko inyandiko ikubiyemo ikirego igera ku mapaji 300, wakongeraho za annexe amapaji akaba arenga ibihumbi 10.

    Ati “Imashini ntihagije kuko igomba kuba irimo Imprimante na scanner kugira ngo ajye ahererekanya inyandiko n’abavoka be. Turasaba urukiko ko impapuro ze ahererekanya n’abavoka zirebana n’urubanza zirafatirwa, gereza ikazitindana. Ibanga riri hagati y’umwavoka n’umukiliya we rirahazambira. Niba gereza ibonye ibanga ishobora kuvugana n’izindi nzego ku buryo ibanga hagati y’impande zombi.’’

    -  Rusesabagina yasabye ko urubanza rusubikwa

    08:40: Me Rudakemwa Félix wunganira Paul Rusesabagina yasabye ko umukiliya we akenewe umwanya uhagije kugira ngo abone igihe gihagije n’ibikoresho bimufasha gutegura urubanza.

    Ku wa 1 Werurwe 2021, urukiko rwasuye Gereza ya Mageragere avuga ko atabashije kwiregura kuko atabonye uburyo bwo gutegura imyiregurire ye.

    Urukiko rwemeye ko ahabwa ibikoresho ndetse inyandiko yohererezanya n’abavoka be zitajya zifatirwa.

    Me Rudakemwa ati “Uwo nunganira arasaba ko ubusabe bwe bujya mu bikorwa kugira ngo atangire kwiregura.’’

    08:35: Inteko iburanisha yageze mu byicaro byayo. Umucamanza yatangiye asaba abavoka bakererwa n’abasiba batabimenyesheje urukiko kwitwararika kuko rufite ububasha bwo kubahana.

    Amafoto y’ababuranyi mu rukiko

    -  Rusesabagina arunganiwe!

    Bitandukanye no ku munsi wo ku wa Kane aho Rusesabagina yageze mu rukiko atari kumwe n’umwunganizi we mu by’amategeko, kuri uyu wa Gatanu, Me Rudakemwa Félix.

    -  Ababuranyi bose uko ari 21 bageze mu cyumba cy’iburanisha mu Rukiko rw’Ikirenga ku Kimihurura.

    Urutonde rw’abaregwa muri uru rubanza

    1. Nsabimana Callixte alias Sankara

    2. Nsengiyumva Herman

    3. Rusesabagina Paul

    4. Nizeyimana Marc

    5. Bizimana Cassien, alias BIZIMANA Patience, alias Passy, alias Selemani

    6. Matakamba Jean Berchmans

    7. Shabani Emmanuel

    8. Ntibiramira Innocent

    9. Byukusenge Jean Claude

    10. Nikuze Simeon

    11. Ntabanganyimana Joseph alias Combe Barume Matata

    12. Nsanzubukire Felicien alias Irakiza Fred

    13. Munyaneza Anastase alias Job Kuramba

    14. Iyamuremye Emmanuel alias Engambe Iyamusumba

    15. Niyirora Marcel alias BAMA Nicholas

    16. Nshimiyimana Emmanuel

    17. Kwitonda André

    18. Hakizimana Théogène

    19. Ndagijimana Jean Chrétien

    20. Mukandutiye Angelina

    21. Nsabimana Jean Damascène alias Motard

    Inkuru bifitanye isano: Rusesabagina yageze mu rukiko atunganiwe, Sankara ati ‘ni tactic’ zo gutinza urubanza (Amafoto na Video)

    Amafoto: Igirubuntu Darcy


  • Abafata ubwishingizi ntibazongera kwishyura angana: Ibikubiye mu itegeko rivuguruye rigenga ubwishingizi –

    Ku wa Gatatu tariki 10 Werurwe 2021, ni bwo Inteko Rusange y’Abadepite yateranye hifashishijwe ikoranabuhanga, igezwaho raporo y’isuzuma ryakozwe na Komisiyo y’Ubutaka, Ubuhinzi, Ubworozi n’Ibidukikije ku Itegeko ryo ku wa 10 Nzeri 2008, rigenga imitunganyirize y’umurimo w’ubwishingizi ryasohotse mu Igazeti ya Leta mu 2009.

    Mu itangwa ry’iyo raporo, Umuyobozi w’iyo Komisiyo, Nyirahirwa Veneranda, yagaragarije Inteko ko ishyirwa mu bikorwa ry’iryo tegeko ryakunze kugaragaramo inenge n’ibyuho binyuranye, bityo bisaba ko hategurwa undi mushinga w’itegeko hagamijwe kubivanaho.

    Mu kiganiro cyihariye na IGIHE, Depite Nyirahirwa yavuze ko mu byuho byagaragaye harimo kuba abafata basabwa amafaranga angana kandi amasezerano yabo adahwanye, iyubahirizwa ry’amabwiriza y’imari shingiro, ndetse habaho n’amananiza mu kwishyura abahuye n’impanuka kubera ibigo byiyemezaga ibyo bidashoboye.

    Abafata ubwishingizi ntibazongera kwishyura angana

    Ubusanzwe Ikigo cy’Ubwishingizi cyagenaga amafaranga buri mukiliya wacyo agomba kwishyura mu gihe runaka, hatitawe ku zindi mpamvu zihariye. Ibyo byagiye byinubirwa mu bihe bitandukanye, bamwe bakavuga ko babona ayo basabwa ari “umurengera”.

    Depite Nyirahirwa yatangaje ko mu mushinga w’itegeko rivuguruye icyo cyatekerejweho, rikagena ko umuntu ufata ubwishingizi azajya yishyura amafaranga hagendewe ku masezerano bwite yagiranye n’umwishingizi.

    Yatanze urugero ati “Nk’ufite imodoka ikora ubwikorezi n’ufite iyo agendamo ku giti cye, urumva ko imwe iba mu muhanda igihe kirekire ku buryo gukora impanuka bishoboka kenshi. Hari n’uba afite nk’ifite agaciro ka miliyoni 3 Frw, undi akaba aba afite iya miliyoni 40 Frw. Urumva ko kubishyuza angana bidakwiye.”

    Yavuze ko abafata ubwishingizi bagiye kuzajya basabwa igiciro runaka hagendewe ku gaciro k’icyo bari gusabira ubwishingizi, uko bifuza kuzishyurwa, ibyago bihari byo gukora impanuka, n’izabaye kuri icyo kintu mu bihe byashize.

    Kugira ngo byumvikane neza, nk’urugero ushaka ubwishingizi bw’imodoka ishaje akwiye kwishyura menshi kuko hari ibyago byinshi byo gukora impanuka. Ufite ihenze nawe azishyura aruta ay’ufite iya make, kuko niyangirika agaciro k’ibyakwishyurwa kazaba ari kenshi. Ihora mu muhanda nayo uyitwara ashobora kunanirwa cyangwa kubera ihura n’ibindi binyabiziga kenshi bikoraha gukora impanuka. Ubwo ntabwo nyirayo azongera kwishyura angana n’ay’uyigendamo rimwe na rimwe.

    Abo bigaragara ko bakoze impanuka kenshi n’ubundi hazaba hari ibyago byinshi byo kuzikora, bityo bazasabwa menshi kurusha abitwararika.

    Depite Nyirahirwa yakomeje ati “Indishyi umuntu yifuza kuzahabwa nazo zizajya zirebwaho. Nk’usaba ko wenda umukozi uzakorera impanuka mu bwubatsi bwe umuryango we wazahabwa miliyoni 1 Frw, ntabwo akwiye kwishyura angana n’ay’uwasabye ko wazishyurwa miliyoni 2 Frw.”

    Igisubizo ku batatse kwishyuzwa “umurengera”

    Mu minsi ishize humvikanye amajwi ya bamwe mu bamotari b’i Kigali bavugaga ko bishyuzwa ubwishingizi bw’umurengera.

    Uyu mudepite yabamaze impungenge avuga ko ibyavuzwe haruguru nibigerwaho nta muntu uzongera kwishyuzwa ayo adakwiye kwishyura.

    Ibyo bivuze ko uzasabwa menshi ariyo azaba akwiye kubera impamvu zumvikana, bitandukanye n’uko bajyaga babwirwa ko bazishyura ingano iyi n’iyi batanasobanuriwe impamvu yongerewe.

    Mu kugena igiciro batanga hazanibandwa ku bwoko bw’ubwishingizi umuntu asaba. Niba ari ubw’igihe kirekire cyangwa ari ubw’igito.

    Ak’ibigo by’ubwishingizi bishyiraho amananiza mu kwishyura abakiliya kashobotse…

    Depite Nyirahirwa yavuze ko amavugurura yakozwe muri iryo tegeko agiye gukemura ikibazo cy’ibigo by’ubwishingizi bishyiraho amananiza mu kwishyura abakiliya babyo mu gihe bikenewe, bitewe n’uko byashyiragaho igiciro cyo hasi kugira ngo biganwe na benshi nyuma bikabura ubushobozi bwo kubishyura.

    Ati “Kuba ibigo by’ubwishingizi bitaragenaga ibiciro mu buryo bukwiye ni cyo cyatumaga kwishyura bigorana […] Hariho n’uburyo bw’imikorere navuga ko butari bunoze, bwo gushaka kunaniza umuntu ufata ubwishingizi.”

    “Muri iri tegeko rero, mu bijyanye no gufata neza umukiliya, uburyo bw’imikorere, ibijyanye no kwemererwa gukora nk’ikigo cy’ubwishingizi, hari byinshi bizaba byagenzuwe bakareba ko abayobozi b’ikigo n’abanyamigabane ari inyangamugayo, kandi bafite ubushobozi buhagije bwatuma bongera imari shingiro igihe yaba yagabanyutse basabwa kongeramo indi.”

    Yavuze ko haba ubwo ikigo cy’ubwishingizi gihuye n’igihombo cyaturutse ku kuba cyarasabye abakiliya ubwishingizi buke ntigikore n’inyigo mu gihe runaka, maze imari shingiro kitagomba kujya munsi igenwa n’umugenzuzi mukuru ntiyubahirizwe.

    Amabwiriza rusange yo ku wa 27 Ukuboza 2018, ya Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) yerekeye ibisabwa mu kwemerera abishingizi gukora; mu ngingo yayo ya munani harimo ko uwifuza gukora ubwishingizi bw’igihe gito agomba kuba afite nibura imari shingiro yishyuwe itari munsi ya 3.000.000.000 Frw.

    Ni mu gihe uwifuza gukora umurimo w’ubwishingizi bw’igihe kirekire agomba kuba afite nibura imari shingiro yishyuwe ya 2.000.000.000 Frw.

    Ingingo ya cumi ivuga ko umuntu wifuza gukora umurimo w’ubwishingizi bw’abishingizi agomba kuba afite nibura imari shingiro yishyuwe itari munsi ya 5.000.000.000 Frw, igomba kuba ihari buri gihe.

    Mu gukemura icyo kibazo, Nyirahirwa yavuze ko itegeko rivuguruye rigena ko BNR izashyiraho impuguke mu mibare y’ubwishingizi yafasha ikigo kumenya niba ubwoko bw’ubwishingizi kigiye gutanga cyangwa icyiciro cyabwo kigiye kujyamo kicyemerera gukora cyunguka mu gihe runaka.

    Ubwishingizi buzagera ku bakire n’aboroheje

    Umuyobozi wa Komisiyo y’Ubutaka, Ubuhinzi, Ubworozi n’Ibidukikije mu Nteko Ishinga Amategeko yabwiye IGIHE ko mu byari bigenderewe havugurwa iryo tegeko harimo no kwagura umurimo w’ubwishingizi ku buryo buri wese abwibonamo, hashyirwaho ibikorwa by’ubuciriritse.

    Ati “Mu Rwanda abo dufite bitabira ubwishingizi ubu ni 17%. Ni ukuvuga ngo biracyagaragara nk’iby’abafite amikoro ahambaye, ntabwo byigeze bisobanukira Abanyarwanda ko n’abafite amikoro make bagira amahirwe yo kwishingira imitungo yabo iciriritse.”

    “Muri uyu mushinga uri kwemezwa n’Inteko Ishinga Amategeko ubu, harimo ubwishingizi buciritse, bureba abantu bakora imirimo yinjiza ibitari byinshi.”

    Mu bindi yasobanuye harimo ko zimwe mu mpamvu zatumye uwo mushinga uvugururwa byatewe n’ingingo zawo zari zisa ku bwishingizi bw’igihe kirekire n’ubw’igihe gito, bityo hakaba hakenewe ko zitandukanywa.

    Yavuze ko hari hanakenewe kujyanisha iryo tegeko n’imikorere mpuzamahanga inoze, rigashyirwa ku murongo w’amahame mpuzamahanga y’ingenzi mu rwego rw’ubwishingizi.

    Yagaragarije Inteko ko hakenewe kwita ku mpinduka zateganyijwe n’Umuryango w’Ibihugu bya Afurika y’Iburasirazuba zigamije gusanisha amategeko agenga urwego rw’umurimo w’ubwishingizi.

    Yagaragaje kandi ko mu byatumye itegeko rivugururwa harimo kurihuza hashyirwamo ingingo zigenga amasezerano y’ubwishingizi zitagaragara mu Itegeko-teka ryo ku wa 20 Kamena 1975 ryerekeye ubwishingire ryemejwe n’itegeko wa 26 Mutarama 1982 ryemeza amategeko-teka rikurikizwa muri iki gihe.

    Umushinga w’itegeko rigenga imitunganyirize y’umurimo w’ubwishingizi watangiye gusuzumwa muri Nzeri 2019 ufite ingingo 214 zikubiye mu mitwe 7; nyuma yo gusuzumwa na Komisiyo, ukaba ugizwe n’ingingo 191 zikubiye mu mitwe 10.

    Depite Nyirahirwa Veneranda yavuze ko abafata ubwishingizi bagiye kuzajya basabwa igiciro runaka hagendewe ku gaciro k’icyo bari gusabira ubwishingizi n’uko bifuza kuzishyurwa / Ifoto: Inteko Ishinga Amategeko

    Umuyobozi wa Komisiyo y’Ubutaka, Ubuhinzi, Ubworozi n’Ibidukikije, Nyirahirwa Veneranda, ageza ku Nteko Rusange raporo y’ivugurura ry’umushinga w’itegeko / Ifoto: Inteko Ishinga Amategeko

  • Nyaruguru: Abakobwa barenga 3000 barimo n’abataruzuza imyaka 18 batewe inda mu 2020/21 –

    Imibare itangwa n’ubuyobozi mu Karere ka Nyaruguru yerekana mu mwaka wa 2020/21, abakobwa 3150 barimo n’abangavu bataruzuza imyaka 18 y’amavuko babyariye iwabo.

    Umuhuzabikorwa w’Inama y’Igihugu y’Abagore mu Karere ka Nyaruguru, Nyirabahinyuza Médiatrice, yabigarutseho mu kiganiro cyagarutse ku Munsi Mpuzamahanga w’Abagore cyatambutse kuri Radio Salus.

    Yagize ati “Icyegeranyo cyakozwe muri buri murenge cyarekana ko abakobwa 3150 babyaye batarashaka abagabo kandi barimo n’abana bato batarageza ku myaka 18. Iki ni ikibazo kuko uribaza ngo ‘uyu mwana papa we ninde’ afite ubuhe burenganzira ku mutungo, azabaho ate?”

    Yakomeje avuga ko n’ubwo muri abo haba harimo abakobwa bakuze bafite imyaka 23 y’amavuko, ariko bateza ikibazo mu miryango yabo kuko usanga akenshi bakomoka mu ngo zisanzwe zikennye.

    -  Abangavu 172 batewe inda imburagihe

    Nyirabahinyuza avuga ko mu bakobwa batewe inda bose harimo abangavu 172 batwise batarageza ku myaka 18 y’amavuko bibaviramo ingaruka zitandukanye zirimo no kuva mu ishuri.

    Ati “Mu Karere ka Nyaruguru mu mirenge 14 twagize ikibazo cy’abangavu 172 batwise inda z’imburagihe.”

    Yakomeje avuga ko icyo kibazo bagihagurukiye ndetse hashyirwa n’ingufu mu gushakisha abagabo n’abasore basambanya abangavu, ariko harikirimo imbogamizi z’ababyeyi babakingira ikibaba.

    Ati “Hari nk’umwana uzana ugasanga iwabo babaye intambamyi ko uwo mwana abona ubutabera, bakajya mu bintu bita ‘kunga’. Ababyeyi nk’abo ni gito kuko bari korora wa mugabo mubi, wa muhungu mubi wakoze ayo marorerwa.”
    -  Abangavu 36 bashutswe n’ababyeyi banga gutanga amakuru

    Nyirabahinyuza yagaragaje ko hari ababyeyi bashuka abana babo batewe inda imburagihe bakababuza gutanga amakuru, bigatuma uwasambanyijwe atabona ubutabera ndetse n’uwamusambanyije agakomeza kwidegembya akaba yanasambanya abandi.

    Ati “Baragenda bakavuga ngo ‘iyi nda umwana wacu ntabwo yamufashe babyumvikanyeho’; umwana yahamagarwa ngo aze gutanga ikirego akavuga ngo ‘njyewe nta kibazo mfite’. Muri aba batwise bose dufitemo abana 36 bimeze gutyo urumva birababaje.”

    Yavuze ko abangavu baterwa inda bakunze guhura n’ingaruka zo kuva mu ishuri no kubera ibyo bareresha abana babo ariko babafasha uko bishoboka ndetse bamara no gucutsa bakabasubiza kwiga.

    Bamwe mu bangavu bo mu Karere ka Nyaruguru batewe inda imburagihe, akenshi bavuga ko bashutswe n’abasore bababwira ko babakunda, abagabo babaha amafaranga ndetse n’abababeshya ko igihe bakoze imibonano mpuzabitsina bizabarinda kubabara bagiye mu mihango.

    [email protected]