Tag: featured

  • RSE yashimangiye uburinganire bw’abagore n’abagabo mu mikorere yayo –

    Ni umunsi wari ufite insanganyamatsiko igira iti “Abagore mu buyobozi: Amahirwe angana mu Isi ya Covid-19”, igikorwa cyahuriranye n’ukwezi kwahariwe kwizihiza iterambere ry’abagore mu Rwanda no ku rwego rw’Isi.

    Umuyobozi Mukuru w’Isoko ry’Imari n’Imigabane ry’u Rwanda, RSE, Pierre Celestin Rwabukumba, yagaragaje ko ibigo by’ubucuruzi bishobora kugira uruhare mu iterambere ry’abagore ndetse ko iri terambere ryabo rifitanye isano ya hafi no kugera ku ntego z’iterambere rirambye zashyizweho ku rwego rw’Isi, zizwi nka SDGs.

    Yanavuze kandi ko uyu munsi ugamije kugaragara uruhare rw’abagore mu iterambere rusange, ati “Turishimira uruhare rw’abagore mu iterambere ry’ubucuruzi ku rwego rw’Isi no guhangana n’ingaruka z’icyorezo cya Coronavirus”.

    Yongeyeho ko nk’Isoko ry’Imari n’Imigabane, “Twabonye akamaro gakomeye abagore bagize mu gukomeza guteza imbere Isoko ryacu muri ibi bihe bitoroshye bya Coronavirus”.

    Yanavuze ko uruhare rw’Isoko ry’Imari n’Imigabane mu iterambere ry’umugore atari ‘ibihuha’, kuko iryo soko riri mu mwanya mwiza wo gukora izo nshingano bitewe n’uruhare rwaryo mu iterambere rusange, kuko rihuza ibigo by’ubucuruzi n’abashoramari batandukanye.

    Ati ‘Nk’isoko ry’Imari n’Imigabane, tugomba guteza imbere ubwuzuzanye mu bakozi bacu ariko no mu bigo byanditse ku Isoko ry’Imari n’Imigabane, ndetse no gufasha ba rwiyemezamirimo b’abagore kubona ishoramari ry’igihe kirekire”.

    Yavuze ko mu bigo bitanu byo mu Rwanda byanditse ku Isoko ry’Imari n’Imigabane ry’u Rwanda, bibiri bifite abayobozi b’abagore, ibyerekana ubwuzuzanye mu bigo byanditse kuri iryo soko, dore biri no mu nshingano zaryo z’ibanze.

    Umuyobozi w’Ikigo kigenzura Isoko ry’Imari n’Imigabane cy’u Rwanda, CMA, Eric Bundungu, yavuze ko mu byo bashyiramo imbaraga, harimo no gushishikariza ibigo byanditse ku Isoko ry’Imari ry’u Rwanda guteza imbere uburinganire mu gihugu, ingingo yavuze ko initabwaho cyane na Leta y’u Rwanda, kuko 30% by’imyanya yo mu nzego z’abayobozi igomba kujyamo abagore.

    Ati “Kimwe mu byo twibandaho ni ukwigisha akamaro k’uburinganire, kandi twibanda ku bagore muri izo nyigisho, no mu ngo zacu, byagaragaye ko abagore bagira ubushobozi bwo kwizigamira kurusha abagabo, nk’uko byagaragajwe n’ubushakashatsi butandukanye”.

    Yongeyeho ko muri ibyo bikorwa bafatanya n’inzego zireberera inyungu z’abagore mu rwego rwo kugira ngo ‘irebe ko icyo gikorwa kigenda neza’, ndetse bakanibanda ku bakobwa bari byiciro bitandukanye, barimo abiga muri kaminuza, abakora mu nzego z’abikorera n’abandi batandukanye.

    Dan Martin Kasirye, wari uhagarariye Ikigo Mpuzamahanga cy’Ishoramari, IFC, yavuze ko uyu munsi ubaye mu bihe bikomereye abagore muri rusange kuko icyorezo cya Coronavirus cyabagizeho ingaruka zikomeye kurusha abagabo, kuko iyo umugabo umwe atakaje akazi, umugore 1,8 nawe agatakaza, bivuze ko abagore batakaza akazi kurusha abagabo.

    Ati “Turi gukorana n’ibigo by’ubucuruzi kugira bizibe icyuho hagati y’abagabo n’abagore, binyuze mu kongera umubare w’abagore mu buyobozi, mu bakozi b’ibigo ndetse no mu baguzi babyo”.

    Yavuze ko mu ishoramari ryabo, bita cyane ku buringanire hagati y’abagore n’abagabo, mu rwego rwo kugira ngo abafatanyabikorwa babo bateze imbere uburinganire muri rusange.

    Isoko ry’Imari n’Imigabane mu Rwanda ryanditseho ibigo 10 by’ubucuruzi, birimo bitanu byo mu Rwanda ndetse n’ibindi byo mu mahanga.

    Ubuyobozi bw’Isoko ry’Imari n’Imigabane ry’u Rwanda, RSE, butangaza ko bushyigikiye iterambere ry’uburinganire bw’abagore n’abagabo

  • Bagomba kwimenyereza! Impaka z’urudaca ku mitekerereze y’urubyiruko ku mibonano mpuzabitsina mbere y’urushako –

    Mu myaka yo hambere byari ikizira kuko n’umukobwa waterwaga inda yajyanwaga kurohwa mu kiyaga.

    Nubwo byitwa kirazira ariko, mu miterere ya muntu iyo wamaze kuzuza imyaka y’ubukure umubiri ugusaba gukora imibonano mpuzabitsina, kwifata bikaba bishobora bake ndetse n’abemeramana bamwe barikinga bagatera akabariro rwihishwa.

    Muri iyi minsi biragoye kubona inkumi n’umusore bakundana cyangwa bageze mu gihe cy’ubugimbi n’ubwangavu badakora imibonano mpuzabitsina. Ibyo bigaragaza ko nta bwoba urubyiruko rugifitiye iki gikorwa.

    Rumwe mu rubyiruko rwahuriye mu kiganiro cya 1K Studio, rwagaragaje imyumvire itandukanye kuri iyi ngingo, bamwe bagaragaza ko bidakwiye gukora imibonano mpuzabitsina utarashaka abandi bumva ko ikwiye gukorwa.

    Iribagiza Katara yavuze ko bidakwiye ko umwana w’umukobwa yakwishora mu gukora imibonano mpuzabitsina atarashaka kuko uwiyandaritse buri wese amubona muri iyo shusho akaba ari byo aheramo.

    Ati “Uribaza umukobwa utangira gukora imibonano mpuzabitsina atarashaka ku myaka micye, ubwo se azajya gushaka amaze kuryamana n’abasore bangana iki? Ntibikwiye ko abantu baryamana batarashaka.”

    Ku ruhande rwa Sandrine Ange, we yavuze ko usibye kuba umuntu yaba yishoye mu mibonano mpuzabitsina atarageza igihe, aba ari no gukora icyaha kuko Imana itemera kuryamana mbere yo kubana.

    Ati “Usibye no kuba igihe kitaragera mwibuke ko abantu twizera Imana itemera ko abantu batangira gukora imibonano mpuzabitsina batarashaka, rero kuba ari icyaha kandi tubizi ntidukwiye kubikora.”

    Ibi bitekerezo byamaganirwa kure na Mbaraga Hervé wavuze ko imyemerere idakwiye kukubuza ibyo ushaka, ahubwo ko urubyiruko ruba rukeneye gukora imibonano mpuzabitsina mbere rukabyimenyereza.

    Ati “Wowe ubwawe ni wowe ugomba kumenya ko ikintu kikubangamiye atari imyumvire yaho usengera, birakwiye ko ukora imibonano mbere. Ni ukwimenyereza ukazagera mu rugo ubizi kuko hari ingo zisenyuka bitewe no kudasobanukirwa uko imibonano mpuzabitsina ikorwa.”

    Munyaneza Frank, we abona ko abantu bakundana by’ukuri baba bakwiye gukora imibonano mpuzabitsina badategereje igihe bazashikira kuko iki gikorwa cyongera urukundo hagati y’abantu.

    Ati “Niba abantu bakundana by’ukuri mbona gukora imibonano mpuzabitsina ntacyo bitwaye, kuko byongera urukundo hagati yanyu nk’uko bivugwa mu Cyongereza ‘To make love’ bivuze gukora urukundo, muba mukwiye kurukora.”

    Yakomeje avuga ko ikidakwiye ari uko habaho gushukana cyangwa kugira izindi nyungu runaka ukurikirana muri icyo gikorwa.

    Ati “Ikintu mbona kidakwiye ni uko wabeshya umuntu ko mukundana umukirikiyeho imibonano mpuzabitsina gusa, cyangwa ugashuka umwana muto ari icyo umukurikiyeho, ibyo rwose simbyemera.”

    Buri wese yatanga impamvu yumvikana ituma akora cyangwa adakora imibonano mpuzabitsina, ariko ni amahitamo ya buri wese.

    Gusa, muri byose biba byiza kwibuka kwirinda mu rwego guhashya inda zizateguwe cyangwa indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina.


  • Abagore beretswe amahirwe ari ku Isoko ry’Imari n’Imigabane –

    Ni umunsi wari ufite insanganyamatsiko igira iti “Abagore mu buyobozi: Amahirwe angana mu Isi ya Covid-19”, igikorwa cyahuriranye n’ukwezi kwahariwe kwizihiza iterambere ry’abagore mu Rwanda no ku rwego rw’Isi.

    Umuyobozi Mukuru w’Isoko ry’Imari n’Imigabane ry’u Rwanda, RSE, Pierre Celestin Rwabukumba, yagaragaje ko ibigo by’ubucuruzi bishobora kugira uruhare mu iterambere ry’abagore ndetse ko iri terambere ryabo rifitanye isano ya hafi no kugera ku ntego z’iterambere rirambye zashyizweho ku rwego rw’Isi, zizwi nka SDGs.

    Yanavuze kandi ko uyu munsi ugamije kugaragara uruhare rw’abagore mu iterambere rusange, ati “Turishimira uruhare rw’abagore mu iterambere ry’ubucuruzi ku rwego rw’Isi no guhangana n’ingaruka z’icyorezo cya Coronavirus”.

    Yongeyeho ko nk’Isoko ry’Imari n’Imigabane, “Twabonye akamaro gakomeye abagore bagize mu gukomeza guteza imbere Isoko ryacu muri ibi bihe bitoroshye bya Coronavirus”.

    Yanavuze ko uruhare rw’Isoko ry’Imari n’Imigabane mu iterambere ry’umugore atari ‘ibihuha’, kuko iryo soko riri mu mwanya mwiza wo gukora izo nshingano bitewe n’uruhare rwaryo mu iterambere rusange, kuko rihuza ibigo by’ubucuruzi n’abashoramari batandukanye.

    Ati ‘Nk’isoko ry’Imari n’Imigabane, tugomba guteza imbere ubwuzuzanye mu bakozi bacu ariko no mu bigo byanditse ku Isoko ry’Imari n’Imigabane, ndetse no gufasha ba rwiyemezamirimo b’abagore kubona ishoramari ry’igihe kirekire”.

    Yavuze ko mu bigo bitanu byo mu Rwanda byanditse ku Isoko ry’Imari n’Imigabane ry’u Rwanda, bibiri bifite abayobozi b’abagore, ibyerekana ubwuzuzanye mu bigo byanditse kuri iryo soko, dore biri no mu nshingano zaryo z’ibanze.

    Umuyobozi w’Ikigo kigenzura Isoko ry’Imari n’Imigabane cy’u Rwanda, CMA, Eric Bundungu, yavuze ko mu byo bashyiramo imbaraga, harimo no gushishikariza ibigo byanditse ku Isoko ry’Imari ry’u Rwanda guteza imbere uburinganire mu gihugu, ingingo yavuze ko initabwaho cyane na Leta y’u Rwanda, kuko 30% by’imyanya yo mu nzego z’abayobozi igomba kujyamo abagore.

    Ati “Kimwe mu byo twibandaho ni ukwigisha akamaro k’uburinganire, kandi twibanda ku bagore muri izo nyigisho, no mu ngo zacu, byagaragaye ko abagore bagira ubushobozi bwo kwizigamira kurusha abagabo, nk’uko byagaragajwe n’ubushakashatsi butandukanye”.

    Yongeyeho ko muri ibyo bikorwa bafatanya n’inzego zireberera inyungu z’abagore mu rwego rwo kugira ngo ‘irebe ko icyo gikorwa kigenda neza’, ndetse bakanibanda ku bakobwa bari byiciro bitandukanye, barimo abiga muri kaminuza, abakora mu nzego z’abikorera n’abandi batandukanye.

    Dan Martin Kasirye, wari uhagarariye Ikigo Mpuzamahanga cy’Ishoramari, IFC, yavuze ko uyu munsi ubaye mu bihe bikomereye abagore muri rusange kuko icyorezo cya Coronavirus cyabagizeho ingaruka zikomeye kurusha abagabo, kuko iyo umugabo umwe atakaje akazi, umugore 1,8 nawe agatakaza, bivuze ko abagore batakaza akazi kurusha abagabo.

    Ati “Turi gukorana n’ibigo by’ubucuruzi kugira bizibe icyuho hagati y’abagabo n’abagore, binyuze mu kongera umubare w’abagore mu buyobozi, mu bakozi b’ibigo ndetse no mu baguzi babyo”.

    Yavuze ko mu ishoramari ryabo, bita cyane ku buringanire hagati y’abagore n’abagabo, mu rwego rwo kugira ngo abafatanyabikorwa babo bateze imbere uburinganire muri rusange.

    Isoko ry’Imari n’Imigabane mu Rwanda ryanditseho ibigo 10 by’ubucuruzi, birimo bitanu byo mu Rwanda ndetse n’ibindi byo mu mahanga.

    Ubuyobozi bw’Isoko ry’Imari n’Imigabane ry’u Rwanda, RSE, butangaza ko bushyigikiye iterambere ry’uburinganire bw’abagore n’abagabo

  • Akari k’umutima w’umugabo w’umwarimukazi w’i Rusizi washyize video y’ubwambure ku mbuga nkoranyambaga –

    Uyu mwarimukazi bigaragara ko ari mu kigero cy’imyaka 45, yavuze ko amashusho y’amasegonda 30 yagiye kuri “Status” ya WhatsApp ye, yayafashwe n’umugabo we ku Cyumweru.

    Muri ayo mashusho, agaragara yambaye umwitero, yawukinze ku mabere n’ahandi hose ariko nyuma bikaza kurangira agaragaje ubwambure bwe.

    IGIHE yaganiriye byimbitse n’uyu mugore ndetse n’umugabo we, bayibwira uko byagenze n’uko babayeho nyuma y’aho ayo mashusho y’urukozasoni agiye hanze.

    Uyu mwarimukazi yavuze ko hari ku Cyumweru bagiye kujya gutembera maze umugabo we amusaba kumufata amashusho yambaye ubusa akoresheje telefone ye akayamwoherereza.

    Yakomeje avuga ko nk’umutu wubaha umugabo unamukunda, yahise yemera ibyo amusabye, amufata ayo mashusho amugaragaza imiterere ye n’ubwambure bwe nk’uko yabyifuzaga.

    Gusa, ngo bahise bajya gutembera ariko bukeye bwaho ari ku kazi, umugabo we amutelefona amusaba kumwoherereza ya mashusho kuko yari yibagiwe kuyamwoherereza akimara kuyafata.

    Ati “Nyine ubwo akimara kumbwira ngo mwoherereze iyo video kubera ko ku Cyumweru akigafata atahise akiyoherereza, nagiye kukohereza ndi ku ishuri mbikora nabi nkanda kuri Status aka video kaba ariho kajya. Uko ndi kurwana no kugakuraho kuko kari kanze kuvaho kamaraho amasaha 24 bamwe baragafashe.”

    Mwarimukazi yavuze ko ako kanya yahise agwa mu kantu, atangira gusaba imbabazi abo iyo video yari yagezeho bose anabasaba kuyisiba.

    Ati “Natangiye kubasaba kugasiba bamwe barabyemera abandi bamfata ukundi, abo twasengananaga batangira kunsengera.”

    Yemeje ko byamugizeho ingaruka ku buryo umugabo we asigaye amutegera moto buri munsi mu kumurinda guhura n’abantu batandukanye, anashimangira ko ubuyobozi bw’aho yigisha bwabimubajijeho ndetse abandi bantu batangira kumufata nk’indaya bavuga ko yifashe ayo mashusho ashaka kuyoherereza umurayiki bakoranaga kuri iryo shuri nyuma akimurirwa kuri Cathedrale ya Cyangugu.

    Umugabo yemeje ko ari we wamusabye kwifotoza yambaye ubusa

    Umugabo w’uyu mwarimukazi asanzwe akorera ubucuruzi mu Mujyi wa Rusizi. Yemereye IGIHE ko ari we wasabye umugore we ko amufata video yambaye ubusa nk’umukunzi we.

    Ati “Urumva nari ndi mu rugo na we noneho kwa kundi umuntu aba amaze kurya agatoki ke n’ifi arengejeho ka Vitalo, noneho ndamubwira kuko twari tugiye kwiryamira nti wowe kora gutya ubigenze gutya nyine nkufotore, mufotora kuri telefone ye nini mubwira ngo ahite ayinyoherereza, agiye kubikora aribeshya.”

    Yongeyeho ko umugore we yahise yandikira abantu bose babonye iyi video abasaba kuyisiba ariko biba iby’ubusa.

    Ati “Yahise abasaba kuyisiba ndamubwira nti ibyo ari byo byose abayibonye ni abantu bakuru barahita bayisiba ahubwo batangira kugenda bayohererezanya banayihindura, byibuze iyo bayireka uko yari imeze.”

    Yakomeje agira ati “Rwose njye ntakubeshye umugore wanjye ndamukunda cyane wenda iyo amashusho aba yarafatiwe iwanjye ntahari byari kuba ikibazo.”

    Byamuteye ikimwaro mu bandi

    Uyu mugabo akomeza avuga ko kuba ubwambure bw’umugore we buri kugenda bubonwa n’abantu batandukanye byamuteye igisebo ndetse yabuze icyo yabikoraho.

    Ati “Ifoto yagiye ikwirakwira baranayireba ariko nabuze icyo nakora, urumva ni isoni. Njyewe ikintu gusa cyanteye isoni ni ukuntu video bagenda bayihindura, n’iyo basi iguma uko yari imeze kuko n’ugiye kuyerekana ayizana itameze uko yari imeze.”

    Yasoje asaba abafite amashusho y’umugore we kureka kuyahererekanya no kuyasiba mu rwego rwo kwirinda kumusebya no gushaka kumusenyera.

    Ifoto igaragaza Umujyi wa Kamembe mu Karere ka Rusizi

  • Minisante yavuze ku mpungenge zagaragajwe ku rukingo rwa Covid-19 rwa AstraZeneca –

    Urukingo rwashyizwe mu majwi yo kuba ruri guteza ibibazo ni urwa AstraZeneca, ruri no mu nkingo ziri gutangwa mu Rwanda.

    Impungenge ku ngaruka z’uru rukingo zumvikanye cyane biturutse no mu bihugu byo hanze, nyuma y’uko muri Australie, hagaragaye umuntu witabye Imana amaze iminsi 10 afashe urwo rukingo.

    Isuzuma ryerekanye ko uwo muntu yishwe n’uko amaraso atatemberaga neza mu mubiri akipfunyika mu gice kimwe. Byatumye ibindi bihugu 13 birimo u Butaliyani na Denmark byari byarafashe urukingo rwapakiriwe hamwe n’urwahawe Australie, bitangira gukora iperereza, ndetse biza gutangaza ko bibaye bihagaritse itangwa ry’urukingo rwa AstraZeneca mu gihe cy’iminsi 14.

    Mu isesengura ryakozwe, ndetse n’abashakashatsi b’u Rwanda bagizemo uruhare, byaje gutangazwa ko mu by’ukuri urukingo rwa AstraZeneca atari rwo ntandaro kuri icyo kibazo kuko n’ubwo abantu 30 bamaze kugaragarwaho ibibazo bijya gusa nk’iby’umuntu wapfuye muri Australie, hari abandi benshi bisanzwe bizwi ko bafite ibibazo by’imitsi no gutembera kw’amaraso ariko batagizweho ingaruka n’uru rukingo.

    Mu kiganiro na RBA, Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima, RBC, Dr. Sabin Nsanzimana, yavuze ko bitewe n’imikorere y’urukingo, umuntu ashobora kumva atameze neza, ariko ko ibyo ntacyo bitwaye muri rusange.

    Ati “Mu by’ukuri inkingo ntabwo ari ubwa mbere tuzibonye, zisanzweho kandi ntibitangaje ko umuntu ashobora kubabara aho bateye urukingo kuko nyine ni urushinge. Ubundi akamaro k’urukingo ni ugukangura umubiri kugira ngo wirwaneho ukore abasirikare b’umubiri. Uko gukora abasirikare b’umubiri bishobora kuzana ubushyuhe, bigatera umuriro uringaniye no kubabara […] Ibyo ni ibimenyetso by’uko urukingo ruba ruri gukora”.

    Yavuze ko ibyo bimenyetso biri no kugaragara ku bantu bakingirwa mu Rwanda, ariko ko atari ibintu byatuma umuntu ahangayika.

    Yakomeje avuga ko abantu bagaragaweho n’ibibazo “byatumye baremba, ari babiri gusa, kandi nabo bari basanzwe bafite izindi ndwara ugasanga ako kariro kaziyemo, ariko mu by’ukuri uru rukingo rukora neza”.

    Ku bagore batwite, Nsanzimana yavuze ko ubushakashatsi buri gutangira kuri iki cyiciro cy’abantu, ariko ko “nta kigaragaza ko urwo rukingo rushobora kugira ingaruka kuri abo bantu…n’uwaba yararubonye atwite cyangwa yonsa, ntakwiye guhangayika”.

    Uyu muyobozi kandi yagaragaje ko inkingo u Rwanda rwahawe, zidafite nimero imwe n’izirimo gukorwaho iperereza mu Burayi nubwo zose zikaba zarakorwa n’uruganda rwa AstraZenica.

    Mu Rwanda hamaze gutangwa inkingo 249 074.

    Umuyobozi wa RBC, Sabin Nsanzimana, yavuze ko urukingo rwa AstraZenica ruri gutangwa mu Rwanda nta kibazo rufite

  • Ivumburamatsiko ku mushinga w’ikigo kigiye gutangira gutembereza abantu mu mitaka mu Rwanda –

    Ni ikigo cyitwa Royal Balloon gikomoka muri Turikiya, gisanzwe kizobereye mu gutanga izi serivisi aho kiri mu bya mbere ku Isi mu bigo bifite ubunyamwuga buhambaye muri ubu bwoko bw’ubukerarugendo.

    Hot Air Balloon ni imitaka itemberezwa mu kirere irimo abantu, ariko ikaba itagira moteri cyangwa ikindi gikoresho kiyifasha kuguma mu kirere, ahubwo ikifashisha umuyaga usanzwe n’umwuka ushyushye.

    Kugira ngo balloon iguruke, ibanza gushyirwamo umwuka usanzwe, ukuzura umutaka munini (cyangwa ikimeze nk’igipirizo kinini tubona kiba kiri hejuru).

    Mu buryo balloon zikozemo, ziba zifite uburyo bwateganyijwe bwo kohereza ubushyushye muri wa mutaka urimo umwuka, hanyuma uko umwuka urimo imbere urushaho gushyuha, uriyegeranya umutaka ukabyimba kurushaho, noneho kuko umwuka ushyushye woroha kurusha umwuka usanzwe (uba unakonje), uhita uzamuka usa nk’ujya hejuru yawo, maze ubwo balloon ikaba irazamutse.

    Mu kirere, umuyobozi wayo (bita pilot) ashobora kugena ubutumburuke agurutsaho balloon ye, akoresheje bwa buryo bwo kohereza ubushyushye muri balloon nyine, ari na bwo bushyushya umwuka urimo imbere. Uko umwuka uri mu mutaka urushaho gushyuha cyane, ni na ko uba uri koroha cyane, bigatuma balloon izamuka cyane.

    Ku kijyanye n’amerekezo, umupiloti wa balloon ashobora kuyagenzura, ariko ibi biterwa n’umuvuduko w’umuyaga uri mu kirere. Uko uba mwinshi, ni ko kugenzura balloon bigorana.

    Ku bijyanye no kururuka, umupiloti wa balloon ashobora guhagarika kohereza ubushyushye muri balloon, maze uko umwuka urimo imbere ugenda ukonja gahoro gahoro, balloon ikagenda imanuka. Iyo aramutse ashatse kumanuka balloon vuba, wenda nk’ikirere gihindutse kuko balloon zitaguruka mu mvura cyangwa mu muyaga mwinshi, pilote aba afite ubushobozi bwo gufungura igice cyo hejuru cy’umutaka, ubundi umwuka ushyushye ugasohokamo vuba, maze nayo ikamanuka vuba.

    Umuyobozi wa Royal Balloon igiye kuba ikigo cya mbere gitanga izi serivisi mu Rwanda, Atilla Türkmen, yavuze ko bahisemo gukorera mu Rwanda kuko ari igihugu cyashoye mu bukerarugendo buberanye n’abakiliya bakenera izi serivisi.

    Yagize ati “Urebye abakerarugendo basura u Rwanda, bajyanye n’izi serivisi tuzatanga. Abenshi baba barabonye izi serivisi ahandi, ku buryo iyo bageze mu Rwanda bazikenera. Ikindi iyo urebye uburyo inzego za Leta zifasha abashoramari, umutekano ndetse n’ubwiza bw’ibidukikije mu Rwanda, nazo ni impamvu zatumye duhitamo u Rwanda”.

    Mu bukerarugendo bwa balloon, ikirere ni cyo mucamanza wa nyuma kuko iyo bigaragaye ko kitifashe neza, umupilote ntagomba guhagurutsa ballon, kabone n’ubwo abantu baba bamaze kwishyura no kwinjiramo. Iyo kandi ari mu kirere na bwo bikagenda nabi, ategetswe guhita ashaka uko amanura balloon, niyo baba ari bwo bagitangira urugendo.

    Gutembereza balloon ahantu hari imisozi myinshi nko mu Rwanda biragorana, icyakora Türkmen avuga ko imiyaga yo mu Rwanda igenda ku muvuduko muto cyane, ku buryo kugenzura balloon byorohera umupilote.

    Yagize ati “Icyiza cy’u Rwanda, n’ubwo ari ahantu hagoye kugurutsa balloon, ariko imiyaga ituma kugenzura balloon byoroha”.

    Mu Rwanda, umuyaga ugenda ku bilometero hagati ya bitatu na bine ku isaha, mu gihe mu bihugu nka Tanzania usanga ugenda kuri kilometero 20 ku isaha.

    Byitezwe ko urugendo rwa balloon mu Rwanda ruzajya rufata hagati y’iminota 40 ndetse na 75.

    Bijyanye n’ikirere ndetse n’imiyaga yo mu Rwanda, Royal Balloon irateganya kuzajya itanga serivisi zayo hagati y’iminsi 200 na 300 ku mwaka, ikigero cyiza ugereranyije n’uko bimeze ahandi.

    Royal Balloon imaze imyaka ibiri ishaka icyangombwa cyo gukorera mu Rwanda, nyuma yaho, izatangirira ibikorwa byayo mu Karere ka Bugesera, aho bahafite balloon ebyiri zamaze kugezwa mu Rwanda, zikaba ziri mu igeragezwa. Ahagana mu mpera z’uyu mwaka, byitezwe ko Royal Ballon izatangira gukorera mu Majyaruguru mu Karere ka Musanze, ndetse bakazafungura irindi shami muri Pariki y’Akagera muri uyu mwaka.

    Kuba Pariki y’Akagera izabona ikigo gitanga serivisi zo gutembereza abayisura muri balloon ni ikintu gikomeye, kuko ubusanzwe izindi pariki zikomeye mu bihugu nka Kenya, Tanzania, Zambia na Afurika y’Epfo, ziba zifite ibigo bitanga izo serivisi, ku buryo abantu bareba inyamaswa bazisanze aho ziri kandi bakazireba mu buryo bwose bashaka, abafata amafoto nabo bakaboneraho umwanya.

    Bitewe n’uko nta bapilote bazi gutwara balloon bari mu Rwanda, abaturutse muri Turikiya nibo bazatangira batanga izi serivisi, mu gihe Abanyarwanda nabo bazaba bari kwiga uko zitwarwa, amasomo azabatwara imyaka ibiri.

    Türkmen avuga ko iterambere rya balloon ryatewe n’iterambere ry’ibikoresho by’ikoranabuhanga bifata amafoto nka telefoni, ndetse n’iterambere ry’imbuga nkoranyambaga muri rusange. Abazi iby’amafoto muzi ukuntu amafoto ari ahantu hirengeye nko ku musozi aba ari meza, ibyumvikanisha noneho uburyo ayo mu kirere aba ari agahebuzo.

    Uyu muyobozi kandi yavuze ko afite icyizere cy’uko u Rwanda ruzaba kimwe mu bihugu bizahashya Coronavirus vuba, bityo rukazabasha gutangira kwakira abakerarugendo mu bihugu bya mbere, ari naho ahera avuga ko bafite icyizere cy’uko Coronavirus itazabangamira ishoramari ryabo mu Rwanda.

    Ubukerarugendo bwa balloon bumaze gutera imbere cyane, kuko nko mu Mujyi wa Cappadocia muri Turikiya, ari naho Royal Balloon ifite icyicaro gikuru muri ubu bwoko bw’ubukerarugendo, byagaragaye ko abashyitsi basura ako gace bongereye ijoro rimwe ku gihe bamaragayo, ahanini kubera gushaka kugenda muri izi balloon zikunze kubona umugabo zigasiba undi, kubera uburyo zikenerwa cyane.

    Byitezwe ko izi balloon zizatanga umusanzu ukomeye ku bukerarugendo bw’u Rwanda busanzwe bunengwa kutagira amoko menshi y’ibikorwa bishobora gutuma abakerarugendo bamara iminsi myinshi mu Rwanda.

    Uretse gufasha abantu gutembera no kuruhuka mu mutwe, mu bihugu byo hanze aho ubu bwoko bw’ubukerarugendo bumaze gutera imbere, usanga abantu basigaye bakoreramo iminsi mikuru irimo amasabukuru n’indi nk’iyo, ariko ikigezweho cyane ni abasore biharaje guterera ivi muri balloon, igikorwa kimaze kwamamara cyane ku Isi.

    Balloon zishobora gutwara abagenzi kuva kuri babiri kuzamura, izwiho gutwara abagenzi benshi ikaba itwara abantu 32. Royal Balloon, inafite uruganda ruzikora muri Turikiya, ifite balloon ishobora gutwara abantu 24, ari nayo nini mu zo ifite zose.

    Balloon zizazanwa mu Rwanda zose ni nshya, aho imwe ifite agaciro k’amafaranga arenga ibihumbi 200 000$ (arenga miliyoni 196 Frw). Izihari zishobora gutwara abantu babiri, mu gihe izitwara abantu umunani na zo zitegerejwe mu minsi iri imbere.

    Muri rusange, ishoramari rya Royal Balloon rizarenga miliyoni 2$ (arenga miliyari 1,96 Frw), ariko rikayingera cyane buri uko ibikorwa byabo bizarushaho kwiyongera mu Rwanda. Abantu barenga 40 bazabona akazi muri iki kigo, ariko na bo bakazajya biyongera bitewe n’ibihe ndetse n’uko ibikorwa byabo biri kugenda.

    Iki kigo kandi kirateganya kohereza Abanyarwanda kujya kwiga ibyo gutwara balloon muri Turikiya aho gifite ishuri ryigisha uwo mwuga, ku buryo mu myaka iri imbere ari bo gusa bazaba batwara izo mu Rwanda.

    Ku rwego rw’Isi, abatwara balloon barakenewe cyane bijyanye n’uburyo ubu bwoko bw’ubukerarugendo buri kwaguka, ndetse bahembwa neza kuko umushahara wabo ku mpuzandengo, ubarirwa hagati ya 30 000$ (arenga miliyoni 29 Frw) na 100 000$ (arenga miliyoni 98 Frw) ku mwaka.

    Umushahara w’umupilote wa balloon uterwa n’impamvu nyinshi zirimo ikigo akorera, ahantu akorera, ubwoko bwa balloon atwara ndetse n’uburambe bwe. Ubu burambe, kimwe n’ubw’abapiloti batwara indege zisanzwe, bubarwa mu masaha. Abapilote baturutse muri Turikiya bazaba batwara balloon zo mu Rwanda bafite uburambe buhagije, kuko bamaze amasaha nibura 10 000 muri uwo mwuga.

    Amakuru twamenye ni uko igiciro cy’urugendo rumwe gishobora kuzaba kiri hagati 300$ (arenga ibihumbi 297 Frw) na 400$ (arenga ibihumbi 397 Frw) ku muntu umwe, ariko bikaba bikiri mu biganiro kugira ngo harebwe niba Abanyarwanda bashyirirwaho igiciro kiri hasi y’icyo.

    Ikiganiro n’Umuyobozi wa Royal Balloon mu Rwanda, Atilla Türkmen

    Uyu mutaka ufite ubushobozi bwo gutwara abantu babiri

    Ikigo cya Royal Balloon kizatangira ibikorwa byacyo mu Rwanda mu gihe cya vuba

    Royal Balloon niyo yikorera izi balloon, ku ruganda rwazo ruri muri Turikiya

    Mu mwanya wa pilote, hari igicupa kirimo gaz ikoreshwa mu kohereza umwuka ushyushye muri balloon kugira ngo izamuke

    Aha ni ho umwuka uca uzamuka, unatanga ibishashi by’umuriro

    Atilla Turkmen, uzaba ayoboye ibikorwa bya Royal Balloon mu Rwanda

    Amafoto na video: Alain Hakizimana


  • Gisagara: Uko imishinga y’ubuhinzi n’ubworozi yafashije abagore kwivana mu bukene n’ubwigunge –

    Babigarutseho kuri uyu wa Mbere tariki ya 8 Werurwe 2021 ubwo bishimiraga ibyo bagezeho, bavuga ko byose babikesha kuba barahawe ijambo bishingiye ku miyoborere myiza iri mu gihugu.

    Perezida wa Koperative y’abagore ihinga imboga mu gishanga cya Duwani, Kantetere Annick, yabwiye IGIHE ari abanyamuryango 675 kandi bahinga amoko y’imboga agera kuri 20.

    Ati “Duhinga ubwoko bugera kuri 20 bw’imboga zirimo amashu, karoti, dodo, ibitunguru, cocombre, watermerron n’izindi. Duhinga ku buso bungana na hegitali 4,5. Isoko riraboneka ku bwinshi mu Karere kacu no muri Huye ku buryo bidutera umurava wo gukomeza guhinga.”

    Kantetere akomeza avuga ko imboga bahinga nabo baziryaho bakazigaburira n’abo mu miryango yabo ku buryo badashobora kurwaza indwara zituruka ku mirire mibi.

    Iyo koperative yubakiwe ububiko bufite icyumba gikonjesha kibika imboga mu gihe cy’ibyumweru bitandatu zitarangirika.

    Bamwe bu bagore bo mu Karere ka Gisagara babwiye IGIHE ko bizihje uyu munsi wabo hari byinshi bishimira bagezeho kandi bakomeje intambwe ijya mbere.

    Mukarwigira Asterie wo mu Murenge wa Save ati “Icyo nishimira ni uko nareze abana banjye batatu barangiza kwiga; ikindi ni uko nagejeje umuriro w’amashanyarazi iwanjye mu nzu.”

    Mukamurisa Alphonsine na we avuga ko yabashije gushyira amashanyarazi mu nzu ye, azana n’amazi meza mu rugo kandi amaze kuzuza n’inzu zitandukanye akodesha.

    Umuhuzabikorwa w’Inama y’Igihugu y’abagore mu Karere ka Gisagara, Uwizeyimana Françoise, yavuze ko usibye koperative y’abagore bahinga imboga, hari n’abandi bo mu Murenge wa Gishubi borora inzuki bagakora n’umushinga wo kubaga inka.

    Ati “Ni abagore 152 borora inzuki ndetse bakanabaga amatungo arimo ihene n’inka bagacuruza inyama. Ubundi batangiye ari amatsinda none babaye koperative.”

    Kugeze ubu mu Karere ka Gisagara hari amatsinda y’abagore 1295 na koperative 14.

    Bishimira kandi ko besheje imihigo ya mutima w’urugo bahabwa igikombe ku rwego rw’Intara y’Amajyepfo kuko bahize utundi turere baba aba mbere.

    Mu bikorwa bakora mu mihigo ya mutima w’urugo harimo gushishikariza abagore n’abagabo bo mu midugudu yatoranyijwe kujya matsinda no gukora indi mirimo itari ubuhinzi yabafasha gutera imbere.

    Hari kandi gukemura amakimbirane yo mu ngo no gukumira inda ziterwa abangavu imburagihe.

    Ubwo hizihizwaga Umunsi Mpuzamahanga w’umugore, abagore bo mu Karere ka Gisagara baremeye bagenzi babo batishobye baboroza inka 11 n’ihene 25.

    Hatanzwe kandi amasabune, udupfukamunwa, imikeka na kandagirukarabe. Byose byakozwe hubahirizwa ingamba zo kwirinda icyorezo cya Covid-19.

    Umuyobozi wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage mu Karere ka Gisagara, Gasengayire Clemance, yasabye abagore gukomeza gutera intambwe bajya mbere kandi bagaharanira kugira imibereho myiza no gusigasira ibyagezweho.

    Ati “Urebye aho umugore wa Gisagara ageze ni heza kandi byose bijyana no guhindura imyumvire. Icyo tubasaba ni ugufata neza ibikorwa byose bamaze kugeraho kugira ngo birambe kandi bibyare umusaruro ufatika, hagaragare impinduka mu mibereho yabo n’imiryango yabo.”

    Umunsi Mpuzamahanga w’Umugore wizihizwa tariki 8 Werurwe buri mwaka ubu mu Rwanda ukaba uri kwizihizwa kunshuro ya 46. Insanganyamatsiko y’uyu mwaka mu Rwanda iragira iti “Munyarwandakazi, ba ku ruhembe mu isi yugarijwe na Covid-19”.

    Mu gishanga cya Duwani abagore bahakorera ubuhinzi bw’imboga kuko cyatunganyijwe

    Abagore bibumbiye muri koperative ikora ubuhinzi bw’imboga

    Hatanzwe n’amatungo magufi ku batishoboye

    Hatanzwe n’udupfukamunwa hagamijwe gukumira icyorezo cya Covid-19

    Aborojwe inka basabwe kuzifata neza kugira ngo zizabateze imbere

    Bahaye abana amata mu rwego rwo kubatoza gukumira imirire mibi itera kugwingira

    [email protected]


  • Mugisha yababajwe no gutahana urufunguzo rw’imodoka rwonyine mu mitungo myishi yari afite muri Uganda –

    Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 12 Werurwe 2021, nibwo ku mupaka wa Kagitumba uherereye mu Karere ka Nyagatare, hagejejwe Abanyarwanda batanu bari bamaze igihe kinini bafungiwe muri gereza za Uganda bishinjwa kuba abatasi b’u Rwanda.

    Mu banyarwanda batanu bazanwe harimo abagabo batatu, umusore w’imyaka 19 na mushiki we w’imyaka 17 bigaga mu mashuri yisumbuye muri iki gihugu.

    Mugisha Gahungu Schadrak wari usanzwe ari umushoramari muri iki gihugu, yavuze ko yageze muri Uganda mu mwaka wa 2015 avuye mu gihugu cya Kenya aho yari amaze imyaka ibiri ahashakira ubuzima.

    Ati “Ngeze muri Uganda, ninjiye mu bintu bijyanye na restaurant n’utubari ndetse n’ibintu bijyanye n’amahoteli, cyane ko nari mbifitemo ubumenyi nanabikunda cyane. Naje kugira amahirwe mpura n’umugabo twabikoranaga mu Rwanda aranyizera kandi nanjye muzi, biba ngombwa ko dukorana.”

    Mugisha avuga ko bahise bashing akabari bakita ‘Atmosphere’ aho ngo kari mu tubari dutanu tugezweho muri Kampala mu myaka ya 2016 kugera 2018, ibi ngo byatumye amenyekana cyane atangira gukorana n’abavanga imiziki (Dj) benshi baturuka mu Rwanda hamwe n’abahanzi baho.

    Mu mwaka ushize ubwo COVID-19 yakazaga umurego, akazi kabo katangiye kutagenda neza ndetse aza kwimuka mu gace ka Kororo yakoreragamo, ajya ahitwa Kansanga.

    Ati “Hari akabari keza kitwa ‘Pyramid’, nshyiramo ibikoresho byinshi bitandukanye gatangira kumenyekana, tariki ya 4 Gashyantare nibwo CMI yahansanze iramfata iranjyana.”

    Mugisha avuga ko mu myaka itatu ishize, Abanyarwanda baba muri iki gihugu bayimaze bafatwa bose bagashinjwa kuba abatasi b’u Rwanda, kuko batiga ku byo uko kuko waba warize muri Uganda cyangwa warahabaye kuva kera, iyo bagushaka bagushinja kuba intasi y’u Rwanda.

    Ati “Uburyo bagutwaramo ntabwo ari uburyo buzwi ku buryo babaza nka ba Gitifu baho, ahubwo bagutwara mu buryo bwo ku kwiba mu masaha ya nijoro mu gicuku, ntabwo uba uzi naho ugiye hari ikigofero bagushyira mu mutwe ubundi bakakujyana.”

    Mugisha yavuze ko yakorewe iyicarubozo ririmo kumufunga yambaye ikigofero n’amapingu, n’ubwo avuga ko atigeze akubitwa. Yavuze ko habayeho igitutu cy’abantu bari bamuzi bokeje igitutu CMI kugeza ubwo akuwe muri gereza zayo ajyanwa gufungirwa muri gereza ya girisikari ya Makindi.

    Gereza za CMI zifungiwemo Abanyarwanda benshi kandi imiryango yabo itabizi

    Kimwe mu bikunze kugarukwaho cyane kugira ngo umubano w’u Rwanda na Uganda wongere kuba mwiza, ni ugufungura Abanyarwanda bafungiwe muri Uganda mu buryo butemewe n’amategeko.

    Mugisha yavuze ko muri gereza ya CMI hafungiwemo abanyarwanda benshi imiryango yabo itabizi, aha yatanze urugero ku bana b’abanyeshuri baba baragiye kwiga muri iki gihugu, abagabo n’abagore bose bafunzwe imiryango yabo itazi aho baherereye.

    Yavuze ko abo bose bakubitwaga abireba n’amaso ye, abandi ugasanga baryamye mu nzu iri munsi y’ibiro bya (CMI) banihiramo cyane kandi batizeye ubutabazi.

    Urufunguzo; umutungo rukumbi Mugisha agarukanye mu Rwanda

    Mu gahinda kenshi, Mugisha Schadrak yavuze ukuntu ababajwe n’uburyo mu mitungo myinshi yari afite muri Uganda, agarukanye urufunguzo rw’imodoka gusa. Yavuze ko asizeyo umuryango ugizwe n’umugore we w’umunyarwandakazi, abana be babiri ndetse n’indi mitungo itimukanwa.

    Ati “Nari mfiteyo ubucuruzi bwinshi butandukanye, uru rufunguzo narwo ni urw’imodoka yanjye, umunsi bamfata nari ndi muri iyo restaurant, ntabwo nigeze mpabwa n’umunota numwe wo gusubira mu modoka ngo nkuremo icyangombwa na kimwe kindanga. Bamfashe ubwo barantwara, yaba restaurant n’akabari hari harimo abantu benshi cyane, ntibaduhaye akanya na gato ko gufunga ubu ntituzi ibyacu uko bimeze.”

    Yavuze ko telefoni ye yatakariye mu kavuyo ko kumufata, imodoka yayisize uko ntazi aho iri, akabari ke na restaurant ndetse n’umugore we n’abana be babiri ntazi uburyo babayeho.

    Ishimwe Eliel, umwana wigaga mu mwaka wa kane w’amashuri yisumbuye, nawe yatangaje uburyo we na mushiki we babashinjaga kuba intasi z’u Rwanda, nyamara ababyeyi babo bo ntibatabwe muri yombi. Yavuze ko ababyeyi babo babasuraga kuri gereza, akibaza ukuntu bafata abana ababyeyi bakabareka ari bo bakabaye bafungwa.

    Kuva mu mwaka wa 2017, Abanyarwanda bajyaga n’abatuye muri Uganda batangiye gutotezwa, gufungwa no gukorerwa iyicarubozo n’inzego z’umutekano zo muri icyo gihugu, abenshi bakaba bashinjwa kuba abatasi b’u Rwanda ariko ntihatangwe ibimenyetso.

    Aba ni Abanyarwanda batanu bari bamaze igihe bafungiye muri Uganda

    Mugisha Gahungu Schadrak yazanye urufunguzo rw’imodoka gusa mu mitungo akayabo asize muri Uganda

  • Minisante yavuze ku mpungenge zagaragajwe ku rukingo rwa Covid-19 rwa AstraZeneca –

    Urukingo rwashyizwe mu majwi yo kuba ruri guteza ibibazo ni urwa AstraZeneca, ruri no mu nkingo ziri gutangwa mu Rwanda.

    Impungenge ku ngaruka z’uru rukingo zumvikanye cyane biturutse no mu bihugu byo hanze, nyuma y’uko muri Australie ku Mugabane w’u Burayi, hagaragaye umuntu witabye Imana amaze iminsi 10 afashe urwo rukingo.

    Isuzuma ryerekanye ko uwo muntu yishwe n’uko amaraso atatemberaga neza mu mubiri akipfunyika mu gice kimwe. Byatumye ibindi bihugu 13 birimo u Butaliyani na Denmark byari byarafashe urukingo rwapakiriwe hamwe n’urwahawe Australie, bitangira gukora iperereza, ndetse biza gutangaza ko bibaye bihagaritse itangwa ry’urukingo rwa AstraZeneca mu gihe cy’iminsi 14.

    Mu isesengura ryakozwe, ndetse n’abashakashatsi b’u Rwanda bagizemo uruhare, byaje gutangazwa ko mu by’ukuri urukingo rwa AstraZeneca atari rwo ntandaro kuri icyo kibazo kuko n’ubwo abantu 30 bamaze kugaragarwaho ibibazo bijya gusa nk’iby’umuntu wapfuye muri Australie, hari abandi benshi bisanzwe bizwi ko bafite ibibazo by’imitsi no gutembera kw’amaraso ariko batagizweho ingaruka n’uru rukingo.

    Mu kiganiro na RBA, Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima, RBC, Dr. Sabin Nsanzimana, yavuze ko bitewe n’imikorere y’urukingo, umuntu ashobora kumva atameze neza, ariko ko ibyo ntacyo bitwaye muri rusange.

    Ati “Mu by’ukuri inkingo ntabwo ari ubwa mbere tuzibonye, zisanzweho kandi ntibitangaje ko umuntu ashobora kubabara aho bateye urukingo kuko nyine ni urushinge. Ubundi akamaro k’urukingo ni ugukangura umubiri kugira ngo wirwaneho ukore abasirikare b’umubiri. Uko gukora abasirikare b’umubiri bishobora kuzana ubushyuhe, bigatera umuriro uringaniye no kubabara […] Ibyo ni ibimenyetso by’uko urukingo ruba ruri gukora”.

    Yavuze ko ibyo bimenyetso biri no kugaragara ku bantu bakingirwa mu Rwanda, ariko ko atari ibintu byatuma umuntu ahangayika.

    Yakomeje avuga ko abantu bagaragaweho n’ibibazo “byatumye baremba, ari babiri gusa, kandi nabo bari basanzwe bafite izindi ndwara ugasanga ako kariro kaziyemo, ariko mu by’ukuri uru rukingo rukora neza”.

    Ku bagore batwite, Nsanzimana yavuze ko ubushakashatsi buri gutangira kuri iki cyiciro cy’abantu, ariko ko “nta kigaragaza ko urwo rukingo rushobora kugira ingaruka kuri abo bantu…n’uwaba yararubonye atwite cyangwa yonsa, ntakwiye guhangayika”.

    Uyu muyobozi kandi yagaragaje ko inkingo u Rwanda rwahawe, zidafite nimero imwe n’izirimo gukorwaho iperereza mu Burayi nubwo zose zikaba zarakorwa n’uruganda rwa AstraZenica.

    Mu Rwanda hamaze gutangwa inkingo 249 074.

    Umuyobozi wa RBC, Sabin Nsanzimana, yavuze ko urukingo rwa AstraZenica ruri gutangwa mu Rwanda nta kibazo rufite

  • Rulindo: Miliyari 1,1 Frw amaze gushorwa mu bikorwa by’ubworozi bw’amafi no kuhira imyaka –

    FAO ishami ry’u Rwanda yatangiye gukorera mu Karere ka Rulindo mu 2015, ikorana n’abahinzi bo mu Murenge wa Ngoma Akagari ka Mugoti, bakorera mu gishanga cya Yanze mu buhinzi bw’imboga z’ubwoko butandukanye.

    Iri shami ryatangiye ritera inkunga abahinzi b’imboga mu buryo bunyuranye, ariko biza kugera aho ribubakira ibyuzi bifata amazi yo kuhira, nka kimwe mu bibazo by’ingutu bari bafite.

    Nyuma baje no gutekereza umushinga wo gukora ubuhinzi bukomatanyije, batangiza ubworozi bw’amafi muri bya byuzi bifata amazi.

    Ubu buhinzi bukomatanyije bwashyizwe mu bikorwa binyuze mu mushinga wo kwita ku mikoreshereze y’amazi muri Rulindo, umushinga uzwi nka ‘Knowing water better’ uterwa inkunga n’u Budage.

    Kuri uyu Gatanu tariki ya 12 Werurwe uyu mwaka, ni bwo aba bahinzi basaruye umusaruro wabo wa mbere w’amafi, kuva batangira kuyorora.

    Abaturage bakorera muri iki gishanga ni 125, bibumbiye muri koperative yitwa ‘Horticulture Production Cooperative’ (YAHOPROCO).

    Aba bahinzi bavuga ko ibikorwa by’uyu mushinga byabahinduriye ubuzima. Harorimana Jean Marie Vianney yavuze ko ubu bworozi bw’amafi no kuhira imyaka byabafashije kwiteza imbere nka koperative.

    Ati “Aya mafi azadufasha mu kurwanya imirire mibi y’abana kandi natwe bakuru tutiretse. Bizatugirira inyungu nyinshi kuko tugiye kujya tuyasarura tugurishe ku bayifuza hanyuma amafaranga ajye muri koperative kandi n’abana bacu baryeho.”

    Mutimanama Olive, umwe mu bagenerwabikorwa b’umushinga, yagize ati “Urebye ubu buryo ntabwo twari tubumenyereye. Nta waryaga amafi yaguze. Twari dufite ibibazo by’imirire mibi, ntabwo twabonaga uko warya ifi nk’iyi, ntitwanatekerezaga ko byashoboka kororeramo ndetse tunabona uko dukomeza kuhira. Ubu turagurisha amafaranga yinjire abandi dushyire n’abana baryeho bumve icyanga cy’ifi nk’izi ziboneka hacye.”

    Ikiro kimwe cy’amafi kigurishwa 2 500 Frw, aba bahinzi bifuza kwizigamira nibura miliyoni 5 Frw, kugira ngo bazabashe kugura imodoka izajya ibafasha mu kugemura umusaruro wabo hirya no hino mu Rwanda.

    Mu gihe byari bimenyerewe ko amazi yo mu byuzi akoreshwa mu kuhira gusa, Umuyobozi Wungirije muri FAO Ishami ry’u Rwanda, Otto Muhinda, yavuze ko iyo ayo mazi akoreshejwe ibindi bikorwa, bigira akamaro mu kwinjiriza amafaranga abaturuge.

    Ati “N’ubwo bari bafite imboga ariko twatekereje ko twabigisha n’uko babasha korora amafi, twishimiye ko kandi bigeze kuri uyu munsi wo gusarura kandi biri kugenda neza. Twashakaga kwigisha abahinzi uburyo bakora ibintu byose bihuriza hamwe. Twahereye hano kugira ngo tugaragaze ko bishoboka n’abandi babikora kandi twizeye ko umushinga uzagenda utera imbere.”

    Abahinzi bahawe amahugurwa mu bumenyi bwo korora amafi mu byuzi, amahugurwa yatanzwe n’Ikigo Gishinzwe iterambere ry’Ubuhinzi n’Ubworozi mu Rwanda (RAB). Bemeza ko bazakomeza kubona umusaruro mwiza w’amafi mu gihe uwo mushinga wa FAO uzaba urangiye.

    Abaturage basigaye bakoresha imashini zikoreshwa n’imirasire y’izuba mu kuhira imyaka yabo

    Harorimana Jean Marie Vienney yavuze ko ubuzima bwabo bwahindutse

    Ibyuzi bifata amazi yo kuhira imyaka byanakoreshejwe mu korora amafi kandi biri gutanga umusaruro

    Imashini ikoreshwa n’imirasire y’izuba ifite ubushobozi bwo kuhira ku ntera ya metero 200

    Mutimanama Olive yavuze ko amafi agiye kubafasha kurwanya imirire mibi

    , Umuyobozi Wungirije muri FAO Ishami ry’u Rwanda, Otto Muhinda, yavuze ko bifuza ko uyu mushinga wakomeza

    Uyu mushinga ufasha abaturage kubona amazi yo kuhira ibihingwa byabo

    Amafi yarobwe mu cyuzi kimwe zatanze icyizere ko no mu bindi harimo menshi

    Ubwo basaruraga amafi ku nshuro yabo ya mbere