Tag: featured

  • U Rwanda mu biganiro bya nyuma byo kugurisha 49% by’imigabane ya RwandAir kuri Qatar Airways –

    Ku wa 5 Gashyantare 2020 ni bwo Qatar Airways yatangaje ko iri mu biganiro na RwandAir, hagamijwe kugura 49% by’imigabane yayo. Icyo gihe Umuyobozi Mukuru wa Qatar Airways, Akbar Al Baker, yabwiye IGIHE ko hamaze gusinywa amasezerano y’imikoranire igisigaye ari uko ayemeza igurwa ry’imigabane ashyirwaho umukono.

    Yari yavuze ko bigomba kurangira “mbere y’uko icya kabiri cy’uyu mwaka kirangira”, gusa icyo gihe cyashize nta kirakorwa.

    Mu kiganiro Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Dr Uzziel Ndagijimana, yagiranye na Jeune Afrique hamwe na Africa Report, yagarutse ku mikoranire ya RwandAir na Qatar Airways, avuga ko ibiganiro biri hafi kugana ku musozo.

    Ati “Turi mu biganiro bya nyuma, sosiyete izakomera kurushaho bitewe n’umubare w’indege hamwe n’ubushobozi bwisumbuyeho.”

    Ntabwo Dr Ndagijimana yigeze asobanura mu buryo bwimbitse igihe amasezerano hagati y’impande zombi azashyirirwaho umukono, gusa yavuze ko Guverinoma y’u Rwanda izakomeza kuba umunyamigabane mukuru muri iyi sosiyete.

    Ku rundi ruhande, Qatar iri gufasha u Rwanda mu mishinga y’ibibuga by’indege harimo no kwagura inzira y’Ikibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Kigali zizakoreshwa mu gihe cy’Inama ya Commonwealth u Rwanda ruzakira muri Kamena uyu mwaka.

    Iki gihugu cyashoye imari mu mushinga w’Ikibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Bugesera kigomba kuba cyatangiye gukoreshwa mu mwaka utaha wa 2022, aho ku ikubitiro kizaba cyakira abantu miliyoni zirindwi ku mwaka, ugereranyije na miliyoni imwe yakirwa n’Ikibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Kigali ubu.

    Amasezerano yo kubaka Ikibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Bugesera hagati y’u Rwanda na Qatar Airways yasinywe mu mpera za 2019. Akubiyemo ingingo eshatu arizo kubaka, kugira no kubyaza umusaruro iki kibuga.

    Ni amasezerano yahaye Qatar Airways 60% muri uyu mushinga, wose hamwe ufite agaciro ka miliyari $1.3.

    RwandAir yashinzwe mu 2003 ubu imaze kugera ku byerekezo 29; aho yifashishije indege 12 ifite zirimo Airbus A330 ebyiri nini, igana mu byerekezo binyuranye muri Afurika y’Iburasirazuba, Hagati, Iburengerazuba n’Amajyepfo, mu Burasirazuba bwo Hagati, i Burayi no muri Aziya.

    Guverinoma y’u Rwanda ikomeje gutera inkunga iyi sosiyete mu gihe urwego rw’ingendo zo mu kirere rwashegeshwe n’icyorezo cya Coronavirus; muri uyu mwaka w’ingengo y’imari Guverinoma yashoye muri RwandAir miliyari 145 Frw avuye kuri miliyari 122 Frw yari yashyizwemo mu mwaka ushize.

    Umuyobozi Mukuru wa Qatar Airways, Akbar Al Baker, yavuze ko umutekano w’u Rwanda ari kimwe mu byatumye bashyira imbaraga mu ishoramari mu by’indege

    Dr Uzziel Ndagijimana yatangaje ko ibiganiro hagati y’u Rwanda na Qatar Airways bigeze mu cyiciro cya nyuma

  • Canal Olympia Rebero ikomeje kuba imararungu n’izingiro ry’ibyishimo ku basura u Rwanda n’abakunda kwidagadura (Amafoto) –

    Aho nta handi ni mu kigo kiberamo ibikorwa by’imyidagaduro bitandukanye birimo kwerekana filime, ibitaramo n’imikino itandukanye kizwi nka ’Canal Olympia Rebero’, gitangiye kuzana impinduka mu myidagaduro ku Banyarwanda n’abarusura.

    Umuyobozi wa Canal Olympia, Aimée Umutoni, yabwiye IGIHE ko bishimira ko mu gihe bamaze batangiye hari impinduka bamaze kuzana mu ruganda rw’imyidagaduro mu Rwanda, n’ubwo bagiye bahura n’imbogamizi zitandukanye ziganjemo izazanywe na COVID-19.

    Ati “Twatangiye mu Ukuboza dufungura ku mugaragaro. Abantu barahakunze cyane cyane mu mpera za 2020, cyane ko abantu bari bari mu biruhuko n’abanyeshuri abenshi ntabwo bigaga, haza kubaho ibihe bya Guma mu rugo twongera gufungura irangiye, twerekana filime zitandukanye zirimo izo muri Amerika ariko hari n’iyakunzwe cyane cya Gaël Faye yitwa Petit Pays, yakiniwe mu Rwanda.”

    Yakomeje asaba Abanyarwanda baba bafite filime bashaka ko bajya berekana ko babegera.

    Ati “Byatumye twumva twashishikariza buri Munyarwanda wese waba afite filime itarerekanwa ahantu na hamwe, kuba yaza akatuvugisha tukaba twajya tuyerekana.”

    Nyuma y’aho icyiciro cya mbere cy’iki kigo kirangiye, ubu harimo ibikorwa bitandukanye birimo kwerekana filime kuva ku wa Kabiri kugeza ku Cyumweru guhera saa Saba z’amanywa kugeza saa Mbili n’iminota 45 z’ijoro mu mibyizi, naho muri weekend bizajya bihera saa Tanu.

    Aha hantu hashobora gukorerwa ikiganiro n’abanyamakuru, sosiyete zishaka kuhakorera igikorwa runaka ziratumiwe cyangwa se ku muryango ushaka gusohoka. Hari icyo kunywa ndetse barateganya gutangiza restaurant.

    Hashobora gukorerwa ibitaramo, kuherekanira imipira na filime ndetse hakabera amaserukiramuco n’ibindi bikorwa.

    Hari kandi umukino wa ‘Escape game’ udasanzwe mu Rwanda, uyoborwa na Iyarwema Simon. Uyu mukino muri Canal Olympia ukinirwa mu byumba bibiri. Ni umukino uhuza abantu batandukanye aho ubafasha gutekereza uko washaka igisubizo vuba, gukorera hamwe n’ibindi.

    Mu cyiciro cya kabiri hari kubakwa ibibuga bibiri by’umupira w’amaguru (Mini-foot) ibibuga byo gukiniramo by’abana n’ikibuga cya Mini-golf kizaba cyubatse ku rwego mpuzamahanga ku buryo mu gihe kiri imbere cyajya cyakira amarushanwa akomeye.

    Mu Ukuboza ni bwo Ikigo cyo mu Bufaransa cya Vivendi Group, cyatangije mu Rwanda Canal Olympia Rebero.

    Vivendi Group ishamikiye kuri Bolloré Holdings, ni yo ifite televiziyo n’inzu itunganya filime ya Canal+ Group, inzu itunganya umuziki ya Universal Music Group, inzu y’ibitabo ya Editis, Ikigo cy’Itumanaho cya Havas, Ikigo cy’Imikino cya Gameloft n’urubuga rushyirwaho amashusho rwa Dailymotion.

    Kubaka iki Kigo cya Canal Olympia Rebero byari bikubiye mu masezerano Vivendi Group yasinyanye n’Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere, RDB, yo gushora imari mu mushinga uzwi nka Kigali Cultural Village (KCV) no kuwubyaza umusaruro.

    Kigali Cultural Village (KCV) ni umushinga uzakorerwa ku musozi wa Rebero uzaba ugizwe n’umudugudu urimo inyubako zakira ba mukerarugendo, ibikorwa by’ubucuruzi bugaragaza umuco Nyarwanda, ibibuga by’imyidagaduro, ubusitani bwiza burimo ibihangano bya Kinyarwanda, amateka n’ibindi.

    Abashaka kurebera filime muri Canal Olympia Rebero, bishyura 2500 Frw ku muntu. Aherekanirwa filime ubusanzwe hafite imyanya 300 ariko ubu hemerewe imyanya ijana mu rwego rwo kwirinda Coronavirus.

    Canal Olympia Rebero ifite umwihariko w’uko muri ibi bikorwa byose izajya ikoresha ingufu zikomoka ku mirasire y’izuba, mu rwego rwo kwirinda kwangiza ibidukikije no gukoresha neza ingufu.

    Uyu mushinga watangijwe mu Rwanda usanga indi Vivendi Group yubatse hirya no hino ku Mugabane wa Afurika mu bihugu nka Benin, Burkina Faso, Sénégal, Nigeria, Togo, Gabon, Guinea na Cameroun.

    Aba muri Escape game baba bafite itumanaho n’umutoza wabo

    Umuyobozi wa Canal Olympia mu Rwanda, Aimée Umutoni, yavuze ko bishimiye ibyo bamaze kugeraho

    Abagana Canal Olympia bakiranwa urugwiro

    Aha hakira abantu 300 ariko ubu hakira 100 kubera icyorezo cya COVID-19

    Aha hantu hazajya hakira ibikorwa bitandukanye birimo iby’umuziki

    Aherekanirwa filime ni uku hameze

    Canal Olympia Rebero yaje isanga izindi Vivendi Group yubatse hirya no hino ku Mugabane wa Afurika zirimo iyo muri Benin, Burkina Faso, Sénégal, Nigeria, Togo, Gabon, Guinea na Cameroun

    Canal Olympia yitezweho kuba igicumbi cy’imyidagaduro mu Rwanda

    Hari ahantu umuntu yafatira amafu

    Hatangijwe icyiciro cy’ibindi bikorwa bigiye kubakwa muri Canal Olympia

    Herekanwa filime kuva ku wa Kabiri kugera ku Cyumweru, guhera saa Saba z’amanywa kugeza saa Mbiri na 45 z’ijoro naho muri weekend gahunda itangira saa Tanu

    Iki cyumba cyo gikinirwamo umukino nawo wa Escape Game uvuga ku musore wakunze umukobwa urukundo rw’amaganya

    Iki cyumba gikinirwamo Escape Game aho buri wese mu bantu barimo aba ashaka urufunguzo rwacyo ngo abashe gusohoka

    Iki cyumba ni kimwe mu byifashishwa muri Escape Game

    Ikipe ya bamwe mu bakozi ba Canal Olympia yitezweho kuba igicumbi cy’imyidagaduro mu Rwanda

    Imbere y’urubyiniro ruri muri Canal Olympia hari icyanya kinini kizajya kijyamo abashaka kuhidagadurira

    Iyarwema Simon ni we uyobora umukino wa Escape game udasanzwe mu Rwanda afire camera akurikiraniramo uko abari mu mukino bari kwitwara

    Iyarwema Simon ni we uyobora umukino wa Escape game udasanzwe mu Rwanda

    Iyarwema Simon uyobora umukino wa Escape Game udasanzwe mu Rwanda, ni umubyinnyi ukomeye mu Rwanda ndetse yagize uruhare mu ikorwa rya filime zikomeye zirimo iya Gaël Faye yitwa Petit Pays

    Ibibuga bizaba byubatse muri iki kigo bizaba byubatse ku rwego mpuzamahanga

    Kubaka iki Kigo cya Canal Olympia Rebero byari bikubiye mu masezerano Vivendi Group yasinyanye n’Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere, RDB, yo gushora imari mu mushinga uzwi nka Kigali Cultural Village (KCV)

    Mu Ukuboza ni bwo Ikigo cyo mu Bufaransa Vivendi Group cyatangije Canal Olympia Rebero mu Rwanda

    Hazubakwa ibibuga birimo iby’umupira w’amaguru na golf

    Icyiciro cya kabiri cy’umushinga wa Canal Olympia kizaba kigizwe n’ibibuga cyatangiye kubakwa

    Aha hazajya umukino wa Escape Game

    Ibikorwa byo kuhatunganya byararangiye

    Aha ni ho hantu wasanga imikino nk’iyi mu Rwanda

    Hateguye mu buryo bubereye ijisho

    Umukino wa Escape ukinirwa muri iki cyumba wigisha abantu gushaka ibisubizo vuba

    Ibi byumba byubatse ku buryo bwagenewe uwo mukino mu buryo bw’umwihariko

    Iki cyamba na cyo kizajya cyakira umukino wa Escape

    Ibi ni bimwe mu bizifashishwa mu gukina uyu mukino

    Ibizakenerwa byose byamaze gutegurwa

    Ibishobora kwifashishwa n’abana na byo birateguye

    Muri Canal Olympia hari byinshi bizajya bifasha abantu kwidagadura

    Ibi byumba na byo bizajya byakira imikino itandukanye

    Ugeze kuri Canal Olympia yakirwa neza n’abakozi babihuguriwe

    Umuntu ushaka kureba filime zigezweho anyarukira muri Canal Olympia agashira irungu

    Umuyobozi wa Canal Olympia, Aimée Umutoni, avuga ko igihe bamaze batangiye gukora bakomwe mu nkokora na COVID-19 ariko ubu ibintu bikaba biri kugenda neza

    Amafoto: Igirubuntu Darcy


  • Kamonyi: Imbamutima za Gitifu wasubijwe mu kazi nyuma y’amezi atatu akurikiranywe n’ubutabera –

    Ku wa 13 Ugushyingo 2020, nibwo Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwataye muri yombi Niyobuhungiro, aho yari akurikiranyweho ibyaha bifitanye isano na ruswa.

    Niyobuhungiro yari yafashwe ari kumwe n’Ukuriye DASSO ndetse n’Umuyobozi w’Inkeragutabara mu Murenge wa Ngamba, bose bakurikiranyweho ibyo byaba aho byavugwaga ko babikoze mu bijyanye no gucukura amabuye y’agaciro.

    Nyuma y’uko bose uko ari batatu bagizwe abere n’Urukiko, Gitifu Niyobuhungiro yasubijwe mu kazi ku wa Kane tariki 18 Werurwe 2021, ndetse ahita akurwa aho yayoboraga muri Ngamba ajyanwa mu Murenge wa Kayumbu.

    Mu kiganiro yagiranye na IGIHE, Niyobuhungiro yagaragaje ko yishimiye kugirwa umwere n’urukiko ariko by’umwihariko kuba Ubuyobozi bw’Akarere bwongeye kumugirira icyizere bukamusubiza mu kazi.

    Yagize ati “Natangiye akazi kuri iyi tariki. Nk’umuyobozi, urabizi muri iki gihugu iyo umuntu hari ibyo bamukekaho cyangwa ibyo agomba kubazwa agomba kubibazwa, agomba kubazwa ibyo akora.”

    Gitifu Niyobuhungiro yavuze ko kuri we yishimye cyane kandi nta pfunwe afite kuko ibyamubayeho byari mu rwego rwo kubazwa inshingano, bitavuze ko yari yakoze amakosa cyangwa ibyaha.

    Ati “Njyewe rero nishimye cyane kubera ko ubutabera burashishoza ndetse n’inzego zigakurikirana zikareba ukuri aho kuri. Njye nta pfunwe mfite kuko ni ibisanzwe ko umuyobozi agomba kubazwa inshingano cyangwa ibyo agomba gutangaho amakuru no gusobanura.”

    Avuga ko yiteguye neza gukomeza inshingano ze cyane ko n’ubwo yari akurikiranywe, abandi bakozi bari bahari, bityo na we ngo agiye gukomeza gufatanya nabo kubaka igihugu banatanga serivisi nziza.

    Ubuyobozi bw’Akarere ka Kamonyi butangaza ko gusubiza mu kazi Niyobuhungiro Obed bikurikije amategeko kuko yagizwe umwere n’urukiko ku byaha yari akurikiranyweho. Ni ukuvuga ko azahabwa ibyo amategeko amuteganyiriza byose mu gihe yari amaze atari mu kazi.

    Gitifu Niyobuhungiro (iburyo) ahererekanya ububasha na Gitifu Sam uzamusimbura ku buyobozi bw’Umurenge wa Ngamba, kuko we yoherejwe kuyobora uwa Kayumbu

  • Kamonyi: Imbamutima za Gitifu wasubijwe mu kazi nyuma y’amezi atatu akurikiranywe n’ubutabera –

    Ku wa 13 Ugushyingo 2020, nibwo Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwataye muri yombi Niyobuhungiro, aho yari akurikiranyweho ibyaha bifitanye isano na ruswa.

    Niyobuhungiro yari yafashwe ari kumwe n’Ukuriye DASSO ndetse n’Umuyobozi w’Inkeragutabara mu Murenge wa Ngamba, bose bakurikiranyweho ibyo byaba aho byavugwaga ko babikoze mu bijyanye no gucukura amabuye y’agaciro.

    Nyuma y’uko bose uko ari batatu bagizwe abere n’Urukiko, Gitifu Niyobuhungiro yasubijwe mu kazi ku wa Kane tariki 18 Werurwe 2021, ndetse ahita akurwa aho yayoboraga muri Ngamba ajyanwa mu Murenge wa Kayumbu.

    Mu kiganiro yagiranye na IGIHE, Niyobuhungiro yagaragaje ko yishimiye kugirwa umwere n’urukiko ariko by’umwihariko kuba Ubuyobozi bw’Akarere bwongeye kumugirira icyizere bukamusubiza mu kazi.

    Yagize ati “Natangiye akazi kuri iyi tariki. Nk’umuyobozi, urabizi muri iki gihugu iyo umuntu hari ibyo bamukekaho cyangwa ibyo agomba kubazwa agomba kubibazwa, agomba kubazwa ibyo akora.”

    Gitifu Niyobuhungiro yavuze ko kuri we yishimye cyane kandi nta pfunwe afite kuko ibyamubayeho byari mu rwego rwo kubazwa inshingano, bitavuze ko yari yakoze amakosa cyangwa ibyaha.

    Ati “Njyewe rero nishimye cyane kubera ko ubutabera burashishoza ndetse n’inzego zigakurikirana zikareba ukuri aho kuri. Njye nta pfunwe mfite kuko ni ibisanzwe ko umuyobozi agomba kubazwa inshingano cyangwa ibyo agomba gutangaho amakuru no gusobanura.”

    Avuga ko yiteguye neza gukomeza inshingano ze cyane ko n’ubwo yari akurikiranywe, abandi bakozi bari bahari, bityo na we ngo agiye gukomeza gufatanya nabo kubaka igihugu banatanga serivisi nziza.

    Ubuyobozi bw’Akarere ka Kamonyi butangaza ko gusubiza mu kazi Niyobuhungiro Obed bikurikije amategeko kuko yagizwe umwere n’urukiko ku byaha yari akurikiranyweho. Ni ukuvuga ko azahabwa ibyo amategeko amuteganyiriza byose mu gihe yari amaze atari mu kazi.

    Gitifu Niyobuhungiro (iburyo) ahererekanya ububasha na Gitifu Sam uzamusimbura ku buyobozi bw’Umurenge wa Ngamba, kuko we yoherejwe kuyobora uwa Kayumbu

  • Padiri Charles Ndekwe wari ukuze kurusha abandi mu Rwanda yitabye Imana –

    Uretse kuba ariwe wari ukuze Ndekwe Charles ni mu Padiri wari umaze igihe kinini muri uyu muhamagaro, dore ko yari awumazemo imyaka 65.

    Amakuru y’urupfu rwa Padiri Ndekwe yamenyekanye ku mugoroba wo ku wa Kane tariki 18 Werurwe 2021, ndetse yemezwa n’Umushumba wa Diyosezi Gatolika ya Kabgayi, Musenyeri Smaragde Mbonyintege.

    Padiri Ndekwe yatangiriye urugendo rwo kwiha Imana mu Iseminari Nto ya Kabgayi, mu 1956 ahabwa Ubusaserdoti ari uwa 120 mu Banyarwanda bose babuhawe.

    Abazi neza Padiri Ndekwe bavuga ko ‘Intwari yabyirukiye gutsinda’ ari cyo cyari icyivugo cye, kandi koko ngo yari intwari bitari ibyo mu gitaramo cya Kinyarwanda gusa.

    Musenyeri Mbonyitege yavuze ko Padiri Ndekwe “Yari umupadiri ukunda Yezu na Mariya. Misa n’ishapure ye ni inshuti yagendanaga mu gihe amaze hano. Yakundaga Kiliziya n’abapadiri.”

    Yavuze kandi ko mu gihe amaze aryamye kubera izabukuru, nta kiruhuko yigeze agira, ahubwo ko yakomezaga gusenga no gukoresha imbaraga nke ze mu murimo w’Imana.

    Yakomeje agira ati “Yatubaniye neza, atuvuyemo neza. Niwe wari mukuru mu bapadiri bo mu Rwanda. Naruhukire mu mahoro kandi agiye tukimukunda.”

    Padiri Ndekwe wabaga muri Diyosezi ya Kabgayi, yari amaze imyaka 10 ari mu kiruhuko cy’izabukuru.

    Mu 2006, ubwo Padiri Ndekwe yizihizaga Yubile y’imyaka 50 y’Ubusaseridoti, uwari Minisitiri w’Intebe, Makuza Bernard, yavuze ko izina rye ryabaye ‘Mukundabantu’ kandi ko yaharaniye kuba umukirisitu n’Umunyarwanda ukunda igihugu cye n’abagituye.

    Icyo gihe yaragize ati “Nshyizeho agakeregeshwa kanjye sinakuvuga Ndekwe ngo nibagirwe imijugujugu yawe n’ibinyunguti ku bo wabonaga batagendana cyangwa ngo bakorane ibakwe mu gihe wari umurezi mu iseminari, ariko n’ahandi muri za Paruwasi nibwira ko ariko byari bimeze. Waziranaga n’ubunyanda no kuba icyangwe. Ibyo byose wabikoranaga urukundo n’urugwiro.”

    Mu 2017, Padiri Ndekwe yagiranye ikiganiro na IGIHE agaragaza ko yishimira kuba Abanyarwanda baramenye Imana, akanababazwa no kuba barandavuje bakicana muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

    Icyo gihe yanakomoje ku bindi birimo abapadiri bakomeje gusaba ko bemererwa gushaka abagore, aho yagaragaje ko asanga ari ishyano no kumvira Shitani.

    Padiri Ndekwe yavugaga ko mu myaka yose amaze mu rugendo rw’Ubupadiri, afite byinshi yishimira yarubonyemo.

    Ati “Nishimira kuba umupadiri nyine, gukurikira usumba byose. N’ubwo ndi akantu k’intege nke natoranyije neza nako sinjye watoranyije naratowe.”

    Yongeyeho ko yanyuzwe ko kuba yarakurikiye Yezu, ati “Nkiri umwana nabaye intore y’ingenzi ndetse no mu gipadiri naragerageje, sinavuga ngo ndi umutagatifu ariko naragerageje gukurikira icyo nemera ‘Yezu Kristu’.”

    Padiri Ndekwe Charles yavutse mu 1927, abatizwa ari ku wa Gatandatu 19 Ukuboza 1936, ahabwa Isakaramentu ry’Ubusaseridoti ku Cyumweru tariki 8 Mata 1956.

    Yabaye Umusaseridoti wa 122 mu barerewe mu Iseminari Nkuru ya Nyakibanda.

    Padiri Ndekwe yavukiye muri Paruwasi ya Cyahinda ahahoze hitwa mu Bashumba ubu ni mu karere ka Nyaruguru. Kuva mu 1956, yari umupadiri muri za Paruwasi nyinshi cyane cyane i Kabgayi, ari muri Paruwasi no mu Iseminari kugeza igihe agiriye mu kiruhuko cy’izabukuru.

    Padiri Ndekwe yari afite imyaka 94

    Padiri Ndekwe yari amaze imyaka 65 mu muhamagaro w’Ubuseseridoti

    Padiri Ndekwe ni we wari umaze imyaka myinshi mu muhamagaro w’Ubuseseridoti mu Rwanda

  • Kayonza: Umukozi wo mu rugo yagerageje kwiyahura nyuma yo kubwirwa nabi n’abamukoresha –

    Ibi byabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane tariki ya 18 Werurwe 2021, bibera mu Mudugudu wa Gasabo mu Kagari ka Kiyovu mu Murenge wa Ndego.

    Amakuru agera kuri IGIHE avuga ko uyu mukobwa yakundaga gutonganywa n’abakoresha be hakiyongeraho n’abana babo dore ko ngo nabo bakundaga kumubwira nabi. Ku wa 18 Werurwe ngo byaje kumurenga nyuma yo kubwirwa nabi n’umusore wo muri urwo rugo ahitamo kwiyahura.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Ndego, Karuranga Léon, yabwiye IGIHE ko uwo mukobwa yagerageje kwiyahura akoresheje umuti usanzwe wica imbeba ariko aza gutabarwa n’abo babanaga.

    Yagize ati “Ni umukobwa w’imyaka 20 yakoraga akazi ko mu rugo, amakuru nabwiwe rero ni uko yatonganye n’umwana w’umusore wo muri urwo rugo afata umwanzuro wo kunywa umuti usanzwe ukoreshwa mu kwica imbeba, ubuzima bwe buhita buhinduka bamujyana ku kigo nderabuzima kugira ngo yitabweho.”

    Karuranga yavuze ko abantu bakwiriye guha agaciro abakozi bo mu rugo bakirinda kubafata nabi kuko nabo ari abantu nk’abandi. Yongeyeho ko bibabaje kubona umuntu akoresha akazi ko mu rugo umwana wagakwiriye kuba ari mu ishuri.

    Ati “Abana nk’abo bakora mu ngo akenshi usanga baraje gukora ako kazi kubera ibibazo, ababakoresha rero bakwiriye kubafata nk’ababyeyi nabo bakabafata nk’abana babo kuruta uko babafata nk’abakozi, iyo umubwiye nabi ashobora gukora ikintu kitari cyiza cyanabagiraho ingaruka.”

    Kuri ubu uyu mwana w’umukobwa arwariye ku Kigo Nderabuzima cya Ndego, mu gihe ubuyobozi buvuga ko bugiye gusura abakoresha be kugira ngo bubagire inama.

    Akarere ka Kayonza ni ko kabereyemo iri sanganya

  • Ruhango: Umugabo akurikiranyweho kwica umugore we amukase ijosi –

    Uwo mugabo w’imyaka 44 y’amavuko yari asanzwe abana n’umugore we w’imyaka 49 y’amavuko mu Muduguru wa Gasiza mu Kagari ka Muyunzwe bafitanye abana bane.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kinihira, Uwamwiza Jeanne d’Arc, avuga ko amakuru y’ibanze bamenye ari uko uwo mugabo n’umugore we bari bafitanye amakimbirane ashingiye ku kumusuzugura.

    Bavuye guhinga bageze mu rugo nka saa Sita umugore atangira gushaka icyo guteka. Umugabo yinjiye mu nzu asohokana umuhoro amutema mu mutwe kugeza amukase ijosi.

    Yavuze ko uwo mugabo akimara gufatwa yemeye ko ari we wishe umugore we amuziza ko yari amaze igihe amusuzugura akamusuzuguza n’abana.

    Ati “Yatubwiye ngo yari arambiwe agasuzuguro k’umugore. Ntabwo yerura neza ngo agaragaze icyamuteye gufata umuhoro ngo ahite amutema ako kanya.”

    Yakomeje ati “Urugo rwabo ntabwo twari turufite mu zirangwamo amakimbirane.”

    Uwamwiza avuga ko bibabaje kumva umuntu yica uwo bashakanye, asaba abaturage kwirinda amakimbirane kandi igihe bafitanye ibibazo bakiyambaza ubuyobozi bukabafasha kubikemura.

    Uwo mugabo amaze kwica umugore we yagerageje kwirukanka ahunga ariko afatwa n’abaturage bamushyikiriza inzego z’umutekano. Afungiye kuri Sitasiyo y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) mu Murenge wa Kabagali.

    Inzego zibishinzwe zahise zitangira iperereza kugira ngo hamenyekane icyatumye uwo mugabo afata umwanzuro wo kwica uwo bashakanye.

    Umurambo wa nyakwigendera wajyanwe mu buruhukiro bw’Ibitaro bya Gitwe.

    Amategeko ateganya ko uwo mugabo ahamwe n’icyaha cyo kwica uwo bashakanye abigambiriye, yakatirwa igihano cyo gufungwa ubuzima bwe bwose.

    Ubu bwicanyi bwabereye mu Karere ka Ruhango

    [email protected]


  • RIB yakiriye ikirego cy’umukobwa urega Dr Kayumba Christopher gushaka kumusambanya ku gahato –

    Ku wa 17 Werurwe 2021 ni bwo kuri Twitter, hatangajwe inkuru y’umukobwa wigishijwe na Dr Kayumba umushinja kumukorera ihohotera rishingiye ku gitsina no kumutera ubwoba ko azangiza ahazaza he, anamubwira ko nta n’amahirwe azigera abona yo kuba umunyamakuru mu Rwanda.

    Dr Christopher Kayumba yigishije mu Ishuri ry’Itumanaho n’Itangazamakuru muri Kaminuza y’u Rwanda. Uyu mugabo umaze igihe mu itangazamakuru, ibitekerezo bye bikunze guca muri The East African n’ikinyamakuru cye The Chronicles.

    Nyuma y’umunsi umwe atangaje umugambi we wo gutangiza Ihuriro yise Rwandese Platform for Democracy (RPD) rigamije impinduka ziganisha ku iterambere mu Banyarwanda, hahise hazamurwa inkuru z’umwe mu banyeshuri yigishije umushinja gushaka kumuhohotera.

    Iyi nkuru yatangajwe n’uwitwa Kamaraba avuga ku bihe bikomeye inshuti ye yanyuzemo.

    Yagize ati “Mu 2017, ubwo nari mu mwaka wa Gatatu muri Kaminuza y’u Rwanda, nasabye kwimenyereza umwuga muri RBA, Kayumba yari umwarimu wanjye, hanyuma mu gihe nari ntegereje igisubizo cya RBA, nabonye telefoni itunguranye yo ku wa Mbere mu gitondo.”

    Kuri telefoni Kayumba ngo yabwiye uwo mukobwa ko hari umuntu wo muri RBA wamubajije niba yamurangira umuntu ushaka kwimenyereza umwuga, anongeraho ko “Mfite ubushobozi mu itangazamakuru nkwiriye kwihutira kujya kumureba akampa inama ndetse n’ibaruwa impesha kujya gukora imenyerezamwuga”.

    Yakomeje agira ati “N’icyizere cyinshi, nemeye guhura nawe, andangira i Remera mu Gihogere. Nyuma naje kumenya ko ari urugo rwe, ntabwo nigeze mbitekerezaho cyane kuko nari umunyeshuri we mu itangazamakuru muri Kaminuza y’u Rwanda, nubahaga cyane.”

    Yakomeje avuga ko akimara kumwakira kuko yari yaganjwe na ka manyinya, yashatse kumusambanya ariko undi aramwiyaka akiza amagara ye.

    Nyuma y’igihe uwakorewe icyaha, yafashe umwanzuro wo gutanga ikirego mu Rwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB).

    Umuvugizi w’Umusigire wa RIB, Dr Murangira B. Thierry, yemereye IGIHE ko ikirego cyakiriwe ndetse iperereza riri gukorwa.

    Yagize ati “Ikirego cyakiriwe mu ntangiriro z’ukwa Gatatu k’uyu mwaka. RIB iri gukora iperereza, inakusanya ibimenyetso. Yarezwe [Kayumba] icyaha cy’Ubwinjiracyaha bwo gukoresha undi imibonano mpuza bitsina ku gahato”.

    Dr Kayumba Christopher kugeza ubu ntarahamagarwa kuko hari amakuru agishakishwa.

    Yakomeje ati “Mu iperereza ikibanza ni ugukusanya ibimenyetso n’amakuru y’uko icyaha cyakozwe, kuko ari cyo kibanza ndetse ukabaza abatangabuhamya hanyuma uregwa atumizwa nyuma. Igihe cyose, ibimenyetso bijyanye n’ikorwa ry’ibyaha bizaba bimaze gukusanywa ashobora gutumizwa.’’

    Icyaha Dr Kayumba akurikiranyweho gihanishwa ingingo ya 134 iteganya ko uhamijwe Ubwinjiracyaha bwo gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato ahabwa igifungo kitari munsi y’imyaka 10 ariko kitarenze imyaka 15 n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni 1 Frw ariko atarenze miliyoni 2 Frw.

    Inkuru bifitanye isano: Dr Kayumba yashinjwe n’umukobwa gushaka kumufata ku ngufu; UR yemeza ko ikibazo yakimenye

    Dr Kayumba Christopher akurikiranyweho gushaka gusambanya ku gahato umukobwa yigishaga

  • Urukiko rwashimangiye iminsi 30 yo gufungwa by’agateganyo kuri CSP Kayumba wayoboraga gereza ya Mageragere –

    CSP Kayumba na SP Ntakirutimana Eric bakurikiranyweho impamvu nkomezacyaha ku cyaha cyo kwiba, kwinjira mu makuru abitse muri mudasobwa cyangwa urusobe rwazo no kwiyitirira umwirondoro bakoze ari abayobozi muri Gereza ya Nyarugenge iherereye i Mageragere.

    Ni mu gihe kandi Mutamaniwa Ephraim wari ushinzwe iperereza (Intelligence officer) muri iyo Gereza akurikiranyweho impamvu nkomezacyaha ku cyaha cyo kwiba n‘icyo kwinjira mu makuru abitse muri mudasobwa cyangwa urusobe rwazo.

    Kuwa 22 Gashyantare 2021, nibwo aba bose bari bakatiwe gufungwa iminsi 30 y’agateganyo n’Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge, gusa bahise bajuririra iki cyemezo.

    Ubwo hasomwaga imyanzuro y’iki gifungo, Urukiko rwavuze ko hari impamvu zikomeye zituma CSP Kayumba Innocent na SP Ntakirutimana Eric na Mutamaniwa Ephraim bakekwaho impamvu nkomezacyaha ku cyaha cyo kwiba, icyaha cyo kwinjira mu makuru abitse muri muri mudasobwa cyangwa urusobe rwazo n’icyaha cyo kwiyitirira umwirondoro bakurikiranyweho.

    Urukiko rwavuze kandi ko hari impamvu zikomeye zituma Mutamaniwa Ephraim akekwaho impamvu nkomezacyaha ku cyaha cyo kwiba n’icyaha cyo kwinjira mu makuru abitse muri muri mudasobwa cyangwa urusobe rwazo akurikiranyweho.

    Urukiko rwategetse ko CSP Kayumba, SP Ntakirutimana na Mutamaniwa bakurikiranwa bafunzwe by’agateganyo mu gihe cy’iminsi 30 [Ukwezi kumwe] muri Gereza yemewe.

    Nyuma yo kujurira mu Rukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge, kuri uyu wa Kane, narwo rwatesheje agaciro ubujurire bwabo, bityo rurekeraho iki cyemezo cy’uko bakomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo.

    Bakurikiranyweho kwiba amafaranga y’imfungwa…

    Muri Mutarama 2021, uwitwa Kassem Ayman Mohamed, ufite Ubwenegihugu bw’u Bwongereza wari ufungiye i Mageragere yahibiwe 9.144.300.000 Frw ahwanye n’amapawundi 7.679.911.

    Bivugwa ko aya mafaranga yakuwe ku ikarita asanzwe akoresha agura ibintu bitandukanye birimo imiti ya Insulin injection n’ibyo kurya bitandukanye, yamara kubigura ikarita igasubizwa Bugingo Eugène ukora mu bijyanye n’imibereho myiza muri Gereza ya Nyarugenge.

    Kassem iyo yongeraga gukenera gukoresha iyi karita yajyaga kuyifata agasubira guhaha kuko yajyagayo kabiri mu kwezi, akaba yaraherukaga kuyikoresha tariki 18 Kanama 2020, itangira kwibirwaho ayo mafaranga muri Nzeri 2020.

    Bugingo abisabwe n’umuyobozi wa Gereza CSP Kayumba Innocent, ngo yakuye iyo karita aho yari ibitse ikaba yaraguriweho ibicuruzwa bitandutanye mu buryo bw’ikoranabuhanga ( online) nyirayo atabizi, hakoreshejwe telefoni ya Gashema Faustin ufungiye muri iyo Gereza akaba ari uburyo abaregwa bakoreshaga ngo bitagaragara ko aribo baguriyeho ibyo bintu bakoresha sim card z’abafungwa zabikwaga na Mutamaniwa Ephraim.

    Umuyobozi wa Gereza CSP Kayumba yifashishije umufungwa witwa Amani Olivier uzwiho kugira ubumenyi mu bijyanye n’ikoranabuhanga (IT), amusaba ko yakura amafaranga kuri iyo karita ya Ayman Muhamed, na we amusubiza ko bitankunda uretse kuba gusa yayikoresha agura ibintu bitandukanye online.

    Icyo gihe ngo nibwo yahise yinjira muri iyo konti ye, hakoreshejwe ikarita imaze kuvugwa kahaba haraguzwe telefone SAMSUNG S8 n’ibindi bintu bitandukanye bigizwe na biscuits, juices n’ibindi muri sosiyete yitwa ‘’VUBA VUBA, ibizana ku murenge wa Mageragere, byakirwa na secretaire witwa Uwamariya Marguerite, maze akabigeza kwa CSP Kayumba.

    Urukiko rwemeje ko CSP Kayumba Innocent na bagenzi be bakomeza gufungwa by’agateganyo

  • Umusaruro mbumbe w’u Rwanda wamanutseho 3.4% mu 2020 –

    Mu rusange, umusaruro mbumbe w’u Rwanda mu gaciro warazamutse, uva kuri miliyari 9 315 Frw mu mwaka wa 2019 ugera kuri miliyari 9 746 Frw mu mwaka wa 2020, ni ukuvuga izamuka rya 4.6% ushingiye ku giciro kiri ku masoko kuri uyu munsi.

    Impamvu umusaruro mbumbe wiyongereye ushingiye ku biciro biri ku masoko uyu munsi, ni uko ibyo biciro mu buryo bw’ifaranga byataye agaciro ugereranyije n’uko ibiciro ku masoko byari byifashe mu mwaka wa 2019, 2018 ndetse na 2017 ubwo hashyirwagaho igipimo fatizo kigenderwaho mu kubara umusaruro mbumbe w’igihugu.

    Iki gipimo (cyangwa igiciro) gishyirwaho nyuma ya buri myaka itatu, agaciro k’ifaranga buri mu mwaka kakavunjwa mu gaciro ifaranga ryari rifite mu mwaka fatizo (kuri ubu ni 2017), noneho bakabara umusaruro mbumbe bagashingiyeho.

    Bivuze ko kuba umusaruro mbumbe wariyongereye muri uyu mwaka hagendewe ku biciro biri ku masoko uyu munsi, bidasobanuye ko umusaruro muri rusange wiyongereye mu gihugu, ahubwo bivuze ko wenda ifaranga ry’u Rwanda ryataye agaciro cyane ugereranyije n’agaciro ryari rifite mu mwaka fatizo wa 2017.

    Hashingiwe rero ku gipimo fatizo cyo mu mwaka wa 2017, ari na cyo gipimo kigenderwaho mu gupima umusaruro mbumbe w’igihugu, dusanga uyu musaruro mbumbe mu mwaka wa 2020 waragabanutse ku kigero cya 3.4%, uva kuri miliyari 9 315 Frw mu mwaka wa 2019, ugera kuri miliyari 8 838 Frw mu mwaka wa 2020. Iri gabanuka ryatewe n’igabanuka ry’umusaruro w’inzego zigize igice kinini cy’umusaruro mbumbe w’u Rwanda.

    Nk’umusaruro w’urwego rw’ubuhinzi wazamutseho 1%, ariko ibi bigira ingaruka ku igabanuka ry’umusaruro mbumbe muri rusange ku kigero cya 0.2%. Umusaruro w’urwego rw’inganda nawo wagabanutseho 4%, bituma umusaruro mbumbe ugabanukaho 0.8%.

    Umusaruro w’urwego rwa serivisi nawo waragabanutse ku kigero cya 6%, bigira ingaruka ku musaruro mbumbe w’igihugu kuko wagabanutseho 2.6% mu mwaka ushize.

    Iri gabanuka ry’umusaruro mbumbe muri rusange ryatewe ahanini n’ingaruka z’icyorezo cya Covid-19, cyatumye Leta ifata ingamba zirimo izo gufunga ibikorwa by’ubucuruzi ndetse no guhagarika serivisi zitari zimwe na zimwe.

    Ibi byatumye mu gihembwe cya kabiri cy’umwaka ushize, umusaruro mbumbe ugabanuka ku kigero cya 12.4%, ndetse ugabanuka ku kigero cya 3.6% mu gihembwe cyakurikiyeho, unagabanuka ku kigero cya 0.6% mu gihembwe cya kane. Mu gihembwe cya mbere cy’umwaka ushize, mbere y’uko Covid-19 igera mu Rwanda, ni bwo uyu musaruro wari wazamutse ku kigero cya 3.7%.

    Nk’uko bisanzwe, urwego rwa serivisi rwari ruyoboye, kuko rugize 46% by’umusaruro mbumbe w’u Rwanda mu mwaka ushize, n’ubwo uru rwego ruri mu zazahajwe cyane n’icyorezo cya Covid-19.

    Uru rwego rwakurikiwe n’urw’ubuhinzi rwagize uruhare rungana na 26% ku musaruro mbumbe w’igihugu, mu gihe urwego rw’inganda rwagize umusaruro ungana na 19%.

    Mu rwego rwa serivisi, ibikorwa bya hoteli na restaurants byaradindiye cyane, kuko umusaruro wabyo wagabanutse ku kigero cya 40%, rukurikirwa n’urwego rw’uburezi rwagabanutse ku kigero cya 38% mu gihe urwego rw’ubwikorezi rwagabanutse ku kigero cya 24%.

    Ibikorwa by’ubucuruzi na byo byarazahaye, kuko umusaruro wabyo wagabanutse ku kigero cya 3%, mu gihe umusaruro w’ibikorwa by’ubwubatsi wagabanutse ku kigero cya 6%, nyuma y’uko uru rwego rwari rwazamutse ku kigero gishimishije cya 33% mu mwaka wa 2019.

    Ibikorwa byageze ku musaruro ushimishije mu mwaka wa 2020 ni ibijyanye n’itumanaho n’ihererekanyamakuru, byazamuye umusaruro wabyo ku kigero cya 29%, kimwe n’urwego rw’ubuzima rwazamutse ku kigero cya 19% ahanini bitewe n’ingamba zo kwirinda icyorezo cya Covid-19.

    Umusaruro mbumbe w’u Rwanda waragabanutse mu mwaka ushize