Tag: featured

  • Mukangemanyi Adeline Rwigara yanze kwitaba RIB (YAVUGURUWE) –

    Ibaruwa ya RIB itumizaho Mukangemanyi Adeline utuye mu Mujyi wa Kigali, Akarere ka Nyarugenge, Umurenge wa Nyarugenge, Akagari ka Kiyovu, Umudugudu w’Ishema yerekana ko uyu mubyeyi yahamagajwe kuri uyu wa Kane, tariki 8 Mata 2021.

    Igira iti “Utumiwe ku itariki ya 8 Mata 2021, isaha ya saa Tatu za mu gitondo, kuri RIB HQ’s Kimihurura aho ikorera.’’

    Umuvugizi w’Umusigire wa RIB, Dr Murangira B. Thierry, yabwiye IGIHE ko ibyerekeye ibyo akurikiranyweho azabimenyeshwa yitabye Ubugenzacyaha.

    Yagize ati “Uwahamagajwe ntaramenyeshwa ibyo aregwa. RIB izagira icyo itangaza Mukangemanyi yamaze kwitaba. Ntaritaba ndetse arakomeza gutegerezwa mu masaha yose y’akazi. Naramuka atitabye turakora icyo amategeko ateganya.’’

    Mukangemanyi Adeline Rwigara yabwiye Ijwi ry’Amerika ko atitaba iri hamagazwa kuko Abanyarwanda bari mu cyunamo.

    Umunyamategeko Nsabimana Cyprien waganiriye na IGIHE yavuze ko nubwo u Rwanda ruri mu bihe byo kwibuka bitavuze ko ubutabera budakomeza gukora akazi kabwo.

    Ati “Yakagombye kwitaba. Iyo ahamagawe inshuro ebyiri atitaba, Ubugenzacyaha bwiyambaza Ubushinjacyaha kugira ngo hakorwe urwandiko rumuzana ku gahato ruzwi nka ‘mandat d’amener’, hanyuma akabazwa ibyo Ubugenzacyaha bwifuza ko asobanura.’’

    ‘Mandat d’amener’ ntifunga ahubwo yateganyijwe kwifashishwa ku wanze kwitaba ubutabera, aho Umugenzacyaha asaba Umushinjacyaha uri mu ifasi y’aho akorera gukora urupapuro rumuzana ku gahato.

    Yakomeje ati “Ni uburyo umushingamategeko yagennye aho uwanze kwitaba ashobora kuzanwa ku ngufu akabazwa, ashobora guhamagazwa yahagera agataha. Ni na ho itandukaniye na mandat d’arrêt kuko rwo ni urupapuro rugufata rukanagufunga.’’

    Mukangemanyi Adeline mu 2017 yarezwe ibyaha byo gukurura amacakubiri no guteza imvururu muri rubanda.

    Nyuma y’umwaka umwe, amezi abiri n’iminsi 13, we n’abandi barimo umukobwa we Diane Rwigara bagizwe abere n’Urukiko Rukuru.

    Mukangemanyi Adeline Rwigara yahamagajwe na RIB, avuga ko atakwitaba kuko ari mu gihe cy’icyunamo

  • Samputu wahindutse igikoresho cya Museveni ari mu myiteguro yo gutangiza ishyaka –

    Ibi bikorwa bya Samputu bishyigikiwe na Perezida Yoweri Museveni wa Uganda, mu mugambi amazemo imyaka wo gukora ibishoboka byose ngo ahungabanye umutekano w’u Rwanda.

    Abazi iby’iyi migambi bavuga ko Museveni yabwiye Samputu ko nk’umuhanzi wagize igikundiro mu Rwanda, ashobora gukoresha ijwi rye agafata imitima y’Abanyarwanda nk’uko Kizito Mihigo yabikoze.

    Ishyaka rya Samputu rifite intego yo kwibanda ku bacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, rikababwira ko Leta y’u Rwanda itabitayeho.

    Bivugwa ko abafatanyabikorwa ba Samputu muri uyu mugambi wo gushinga ishyaka barimo René Mugenzi, Zaneza, Claude Gatebuke, bazwi cyane mu bikorwa byo guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, ndetse bakiyitirira ko bayirokotse kandi atari byo, ahubwo bakomoka ku babyeyi bagize uruhare mu guhekura u Rwanda.

    Mugenzi we aherutse guhamywa n’urukiko mu Bwongereza kwiba amafaranga ya Kiliziya yakoragamo.

    Amakuru kandi avuga ko uyu Samputu amaze iminsi mu bikorwa byo kuvuga ko Kizito yishwe na Leta y’u Rwanda, nyamara n’umuryango we warabyamaganye, ndetse ugasaba abarimo Samputu n’abandi kureka ibikorwa byo kwirirwa bamuvugiraho, aho bamuhinduye iturufu y’ibikorwa byabo bya politiki.

    Si ubwa mbere Samputu acuditse na Museveni kuko no mu bihe by’Intambara ya Kisangani, ubwo ingabo z’u Rwanda zatsindaga uruhenu iza Uganda, Samputu yari atuye i Kampala, kandi afitanye ubucuti na Museveni budasanzwe ku buryo banasuranaga.

    Nyuma y’uko umubano hagati y’ibihugu byombi utangiye kujya mu buryo, Samputu yagiye gutura mu Rwanda, kuko nta nyungu yari akibona kwa Museveni.

    Mu Rwanda yahakoreye umuziki urimo n’uhimbaza Imana, mbere y’uko yimukira muri Canada, ari naho atuye.

    Hashize iminsi agaragara mu bikorwa bitandukanye byateguwe n’abarwanya Leta y’u Rwanda, by’umwihariko abahakana Jenoside yakorewe Abatutsi.

    Jean Paul Samputu ari mu bikorwa byo gushinga ishyaka

  • Imiryango y’abasirikare b’Ababiligi bishwe muri Jenoside yarakajwe n’imyitwarire y’igisirikare mu kubibuka –

    Buri mwaka mu Bubiligi hategurwa igikorwa cyo kwibuka Abasirikare icumi b’iki gihugu bari mu butumwa bwo kugarura amahoro mu Rwanda (MINUAR) mu 1994, bishwe ku munsi wa mbere wa Jenoside. Aba bari bashinzwe kurinda Minisitiri w’Intebe, Uwiringiyimana Agathe na we wishwe uwo munsi.

    Abasirikare 10 b’Ababiligi biciwe i Kigali baturukaga mu Kigo kiri Flawinne-Namur mu Mujyi wa Bruxelles mu Bubiligi.

    Igikorwa ngarukamwaka cyo kubibuka kibera ku Rwibutso rw’Umusirikare utazwi ruherereye imbere y’ahitwa Colonne du Congrès i Bruxelles.

    Imiryango y’abo basirikare yagaragaje ko yababajwe n’uburyo kuri iyi nshuro iki gikorwa cyateguwe mu gihe Isi ihanganye n’icyorezo cya Coronavirus.

    Martine Debatty, umukobwa w’umwe mu basirikare b’Ababiligi bishwe muri Jenoside yabwiye Ibiro Ntaramakuru Belga ko Minisiteri y’Ingabo yagenze biguru ntege mu kubamenyesha imyiteguro y’ibikorwa byo kwibuka.

    N’agahinda kenshi, Debatty yagize ati “Ubusanzwe twakira ubutumire habura nk’ukwezi kumwe.’’

    Buri mwaka, tariki ya 7 Mata, u Bubiligi bwibuka abasirikare babwo 252 baguye mu bikorwa byo kubungabunga amahoro muri Afurika kuva mu 1945.

    Ni igikorwa gihurirana no kwibuka urupfu rw’abasirikare 10 babwo b’abapara-commandos biciwe muri Kigali mu 1994, ubwo bari muri MINUAR, mu ntangiriro za Jenoside yahitanye Abatutsi basaga miliyoni mu mezi atatu gusa.

    Muri uyu mwaka, kwibuka aba basirikare byitabiriwe n’abantu bake ahanini kubera ingamba zashyizweho mu kwirinda ikwirakwira rya Coronavirus, barimo Minisitiri w’Ingabo, Ludivine Dedonder; Umugaba w’Ingabo z’u Bubiligi, Admiral Michel Hofman, uhagarariye Umwami w’u Bubiligi ndetse na Ambasaderi w’u Rwanda mu Bubiligi, Dieudonné Sebashongore.

    Debatty yabwiye itangazamakuru ko umuntu umwe gusa wo mu muryango we ari we wemerewe kwitabira iki gikorwa.

    Abasirikare 10 b’Ababiligi bishwe tariki ya 7 Mata 1994, bagoswe n’ingabo zahoze ari iz’igihugu (FAR), zabategetse gushyira intwaro hasi, zibemerera kubageza ku birindiro bya Loni.

    Bahise bajyanwa mu Kigo cya Gisirikare cyari ahazwi nka Camp Kigali, bakihagezwa bagabweho igitero cy’abasirikare basaga 100 bahungira mu nzu ikirimo, aho biciwe barashweho urufaya rw’amasasu aho bari mu nzu.

    Mu masaha abiri bamaze barwana inkundura kandi bari bambuwe intwaro, baje gutsindwa kuko barwanaga n’abafite ibikoresho mu gihe bo bari bafite imbunda ebyiri gusa.

    Abasirikare bishwe barimo ba Caporal Debatty Alain, Bassinne Bruno, Dupont Christophe, Meaux Bruno, Plescia Louis, Lhoir Stephane, Renwa Christophe na Uyttebroech Marc, Sgt Leroy Yannick na Lt Lotin Thierry.

    Uretse aba basirikare 10, Ababiligi banibuka n’abandi Babiligi 12 barimo abakoraga muri ambasade yabo n’abari barashakanye n’Abatutsi babizize.

    Urupfu rw’abasirikare b’Ababiligi rwahamijwe Major Ntuyahaga Bernard umwe mu bari abasirikare bakuru mu Ngabo z’u Rwanda.

    Muri Mata 2007 ni bwo Ntuyahaga yatangiye gukurikiranwa n’inkiko mu Bubiligi, aho Ubushinjacyaha bwavuze ko ari we wavanye bariya basirikare 10 b’Ababiligi kwa Uwilingiyimana bari bashinzwe kurinda, abashyira mu maboko y’abasirikare bagenzi be bari muri “Camp Kigali” aho biciwe.

    Urukiko rwo mu Bubiligi rwaje guhamya Major Ntuyahaga icyaha cyo kwica abo basirikare b’Ababiligi, maze ku wa 5 Nyakanga 2007 rumukatira igifungo cy’imyaka 20. Nyuma yo gusoza igihano cye, uyu mugabo yagejejwe mu Rwanda ku wa 21 Ukuboza 2018.

    Inyubako abasirikare 10 b’Ababiligi biciwemo muri Jenoside yakorewe Abatutsi iracyabungabunzwe ndetse igaragaza neza imyenge amasasu barashwe yanyuzwagamo

    Abasirikare b’u Bubiligi baguye mu Rwanda bubakiwe urwibutso rugaragazwa n’inkingi icumi nk’umubare wabo

    Amafoto: Muhizi Serge


  • Rubavu: Imibiri y’abazize Jenoside igiye kwimurirwa mu nzibutso zitandukanye –

    Imibiri izimurwa ni iyari ishyinguye mu mva zitandukanye zo muri aka karere ndetse n’iyari mu nzibutso zimwe ikajyanwa mu zindi binyuze muri gahunda uturere dufite yo kugabanya umubare w’inzibutso kugira ngo dusigarane nke tubasha gucunga neza.

    Uhagarariye IBUKA mu Karereka Rubavu, Bisengima Innocent, yabwiye IGIHE ko ibizakorwa mu minsi 100 yo kwibuka byiganjemo ibyo kwimurira imibiri y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi ikiri mu mva zitandukanye mu nzibutso za Jenoside ziherereye muri aka karere.

    Yavuze ko ku itariki ya 9 Mata 2021, muri aka karere hazaba igikorwa cyo kwimura imibiri 147 iri ku rwibutso ruri mu Murenge wa Nyamyumba mu Karere ka Rustiro hanyuma ishyirwe mu rwibutso rwo ku Nyundo.

    Ati “Ni ukuvuga tuzibukira mu ngo ariko dufite ibikorwa bitatu bizakorwa muri iyi minsi 100, tariki 9 tuzimura imibiri 147 iri i Rutsiro mu Murenge wa Nyamyumba n’uwa Kivumu mu yari Komine Nyamyumba iza ku Rwibutso rwa Nyundo ndetse ku itariki ya 30 z’uku kwezi n’ubundi tuzashyingura imibiri 142 yabonetse ku Kibuga cy’indege cya Gisenyi tunimure urwibutso rwa Rugerero.”

    Yongeyeho ko hari n’imibiri 17 yabonetse bazashyingura mu rwibutso rwa Bigogwe ruri mu Murenge wa Kanzenze anashimangira ko kwimura iyi mibiri bizafasha ababuze ababo kujya bibuka bitabagoye kandi neza.

    Bisengimanaa yaboneyeho gusaba abazi ahari imibiri y’Abatutsi bishwe muri Jenoside gutanga amakuru kugira ngo bashyingurwe mu cyubahiro.

    Ati “Birumvikana abantu ntabwo batugaragariza ahantu hari imibiri ni nayo mpamvu dusaba abantu bazi aho iri ko bayitugaragariza tukayishyingura mu cyubahiro kuko iki kiri muri bimwe mu bidindiza gahunda y’ubumwe n’ubwiyunge kuko iyo tuyibonye bidufasha bikatugarurira icyizere ariko kuba hari abantu bahisha amakuru ntibayitugaragarize baba batari biyumvamo gahunda y’ubumwe n’ubwiyunge.”

    Yasoje asaba ko abagifite ingengabitekerezo n’ipfobya ndetse n’ihakana kubireka, ko bakwiriye gukomeza guhabwa inyigisho zibereka ko ibyo barimo bidakwiye.

    Urwibutso rwa Bigogwe rushyinguwemo imibiri 8899 biteganijwe ko ruzashyingurwamo indi 17 yabonetse uyu mwaka

  • Samputu wahindutse igikoresha cya Museveni ari mu myiteguro yo gutangiza ishyaka –

    Ibi bikorwa bya Samputu bishyigikiwe na Perezida Yoweri Museveni wa Uganda, mu mugambi amazemo imyaka wo gukora ibishoboka byose ngo ahungabanye umutekano w’u Rwanda.

    Abazi iby’iyi migambi bavuga ko Museveni yabwiye Samputu ko nk’umuhanzi wagize igikundiro mu Rwanda, ashobora gukoresha ijwi rye agafata imitima y’Abanyarwanda nk’uko Kizito Mihigo yabikoze.

    Ishyaka rya Samputu rifite intego yo kwibanda ku bacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, rikababwira ko Leta y’u Rwanda itabitayeho.

    Bivugwa ko abafatanyabikorwa ba Samputu muri uyu mugambi wo gushinga ishyaka barimo René Mugenzi, Zaneza, Claude Gatebuke, bazwi cyane mu bikorwa byo guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, ndetse bakiyitirira ko bayirokotse kandi atari byo, ahubwo bakomoka ku babyeyi bagize uruhare mu guhekura u Rwanda.

    Mugenzi we aherutse guhamywa n’urukiko mu Bwongereza kwiba amafaranga ya Kiliziya yakoragamo.

    Amakuru kandi avuga ko uyu Samputu amaze iminsi mu bikorwa byo kuvuga ko Kizito yishwe na Leta y’u Rwanda, nyamara n’umuryango we warabyamaganye, ndetse ugasaba abarimo Samputu n’abandi kureka ibikorwa byo kwirirwa bamuvugiraho, aho bamuhinduye iturufu y’ibikorwa byabo bya politiki.

    Si ubwa mbere Samputu acuditse na Museveni kuko no mu bihe by’Intambara ya Kisangani, ubwo ingabo z’u Rwanda zatsindaga uruhenu iza Uganda, Samputu yari atuye i Kampala, kandi afitanye ubucuti na Museveni budasanzwe ku buryo banasuranaga.

    Nyuma y’uko umubano hagati y’ibihugu byombi utangiye kujya mu buryo, Samputu yagiye gutura mu Rwanda, kuko nta nyungu yari akibona kwa Museveni.

    Mu Rwanda yahakoreye umuziki urimo n’uhimbaza Imana, mbere y’uko yimukira muri Canada, ari naho atuye.

    Hashize iminsi agaragara mu bikorwa bitandukanye byateguwe n’abarwanya Leta y’u Rwanda, by’umwihariko abahakana Jenoside yakorewe Abatutsi.

    Jean Paul Samputu ari mu bikorwa byo gushinga ishyaka

  • Mukangemanyi Adeline Rwigara yahamagajwe na RIB –

    Ibaruwa ya RIB itumizaho Mukangemanyi Adeline utuye mu Mujyi wa Kigali, Akarere ka Nyarugenge, Umurenge wa Nyarugenge, Akagari ka Kiyovu, Umudugudu w’Ishema yerekana ko uyu mubyeyi yahamagajwe kuri uyu wa Kane, tariki 8 Mata 2021.

    Igira iti “Utumiwe ku itariki ya 8 Mata 2021, isaha ya saa Tatu za mu gitondo, kuri RIB HQ’s Kimihurura aho ikorera.’’

    Mukangemanyi Adeline Rwigara yabwiye Ijwi ry’Amerika ko atitaba iri hamagazwa kuko Abanyarwanda bari mu cyunamo.

    Umunyamategeko waganiriye na IGIHE yavuze ko nubwo u Rwanda ruri mu bihe byo kwibuka bitavuze ko ubutabera budakomeza gukora akazi kabwo.

    Ati “Yakagombye kwitaba. Iyo atitabye agahamagarwa inshuro ebyiri atitaba, Ubugenzacyaha bwiyambaza Ubushinjacyaha kugira ngo hakorwe urwandiko rumuzana ku gahato ruzwi nka ‘mandat d’amener’, hanyuma akabazwa ibyo Ubugenzacyaha bwifuza ko asobanura.’’

    ‘Mandat d’amener’ ntifunga ahubwo yateganyijwe kwifashishwa ku wanze kwitaba ubutabera, aho Umugenzacyaha asaba Umushinjacyaha uri mu ifasi y’aho akorera gukora urupapuro rumuzana ku gahato.

    Yakomeje ati “Ni uburyo umushingamategeko yagennye aho uwanze kwitaba ashobora kuzanwa ku ngufu akabazwa, ashobora guhamagazwa yahagera agataha. Ni na ho itandukaniye na mandat d’arrêt kuko rwo ni urupapuro rugufata rukanagufunga.’’

    Mukangemanyi Adeline mu 2017 yarezwe ibyaha byo gukurura amacakubiri no guteza imvururu muri rubanda.

    Nyuma y’umwaka umwe, amezi abiri n’iminsi 13, we n’abandi barimo umukobwa we Diane Rwigara bagizwe abere n’Urukiko Rukuru.

    Mukangemanyi Adeline Rwigara yahamagajwe na RIB, avuga ko atakwitaba kuko ari mu gihe cy’icyunamo

  • Abahanzi bagize uruhare mu isanamitima n’ubumwe bw’abanywanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi –

    Ibarura ryakozwe na Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu mu 2000 rikamara imyaka ibiri (2000-2002), ryagaragaje ko Abatutsi 1.074.017 bishwe mu gihe cy’iminsi ijana kuva muri Mata kugera muri Nyakanga 1994.

    Iyo raporo yatangajwe mu 2004 igaragaza aho abishwe bari batuye, imyaka bari bafite, amazina yabo ndetse bamwe muri bo bizwi neza uburyo bwishwemo.

    Kubera aya mahano yabaye mu gihugu hari abahanzi bafashe iya mbere ngo aya mateka atazasibangana ndetse bashaka no gufasha abarokotse kwigarurira icyizere cy’ejo hazaza. IGIHE yakusanyije bagiye mu bagize uruhare mu bihangano byo komora inguma abarokotse.

    Munyanshoza

    Munyanshoza Dieudonné wamamaye nka Mibirizi iyo benshi bavuze indirimbo zo kwibuka ahita aza imbere.

    Ni umwe mu bahanzi bamaze gukora ibihangano byinshi bijyanye no kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse akunze kuvuga ko yigeze gufungwa amezi atandutu bamwise icyitso cy’Inkotanyi.

    Munyanshoza yamenyekanye cyane ku ndirimbo ye ya mbere yise ‘Mibirizi’ ivuga ku gasozi avukaho ka Mibirizi mu Karere ka Nyamasheke mu Ntara y’Uburengerazuba kashegeshwe na Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

    Mu bihangano byo kwibuka, ku maradiyo, televiziyo ndetse no mu majoro atandukanye yo kwibuka usanga benshi bifashisha indirimbo ziganjemo ize.

    Afite indirimbo zitandukanye zomora imitima y’abarokotse Jenoside, iziva imuzi ibyabaye mu duce dutandukanye tw’igihugu ndetse n’izigisha abantu ibyiza by’ubumwe n’amahoro.

    Nyiranyamibwa

    Nyiranyamibwa Suzanne, ni umuririmbyi w’inararibonye waboneye izuba benshi mu bahanzi nyarwanda.

    Ni umuhanzi ubimazemo imyaka myinshi, yamamaye cyane mu itorero Isamaza no mu ndirimbo zo kwibuka abazize Jenoside yakorewe Abatutsi. Azwi cyane mu yitwa ‘Ese mbaze’, ‘Amahoro iwacu’, ‘Ibuka’, n’izindi.

    Nyiranyamibwa yavuye mu Rwanda mu 1973 ahunze itotezwa n’ubwicanyi bwa hato na hato bwakorerwaga abatutsi. Yabanje kuba muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ahava nyuma y’imyaka 16 yerekeza mu Bubiligi ubu aba mu Rwanda.

    Uyu muhanzi n’umuryango we bahunze nyuma y’uko se yishwe aroshywe mu Rusumo mu mwaka wa 1963. Nyina, Mukanzigiye Carolina na we yazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ubwo yari avuye mu Bubiligi kwivuza no gusura umuryango we wari warahungiyeyo.

    Senderi

    Nzaramba Eric uzwi nka Senderi International Hit amenyerewe mu gukora indirimbo zivuga ku mateka yaranze Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

    Senderi yatangiye kuririmba mbere gato ya 1994, umuziki we wiganjemo indirimbo zivuga ku bumwe n’ubwiyunge, politiki y’iterambere ry’igihugu, isuku, kwirinda ibyorezo nka Sida na Malariya, ubukungu, urukundo, umutekano n’ibindi.

    Akunze no kwibanda ku ndirimbo zihumuriza abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, amaze gukora indirimbo nyinshi zikubiyemo ubutumwa bwo kwibuka abazize Jenoside, izamagana abahembera amacakubiri ndetse n’izifasha abarokotse kwiyumvamo imbaraga n’icyizere cyo kubaho neza.

    Bonhomme

    Bonhomme yamamaye mu bihangano bivuga kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 n’ibisingiza Ingabo zari iza FPR Inkotanyi. Uyu mugabo azwi mu ndirimbo zitandukanye zirimo ‘Ijambo rya nyuma’, ‘Kubera Ko’ n’izindi zitandukanye.

    Umwihariko ni uko indirimbo ze hafi ya zose usanga zicurangishijwe guitar gusa nta kindi gicurangisho cyashyizwemo.

    Mariya Yohana

    Mukankuranga Marie Jeanne uzwi nka Mariya Yohana ni umwe mu bahanzi bakomeye kandi bakunze gufasha benshi mu bihe byo kwibuka.

    Ni umwe mu bahanzi bahimbye ibihangano byafashije benshi mu gihe Inkotanyi zari ku rugamba, yabihimba ashaka kubatera imbaraga ngo bakomeze umurego kugira ngo bagere ku ntsinzi yo kubohora igihugu kandi babigezeho.

    Indirimbo ye yitwa ‘Intsinzi’ yahimbye mu 1992 yigeze kubwira IGIHE ko uretse kuba yarayihimbiye abasirikare bari ku ruganda yaje kumenya ko yaremagamo agatima n’abari bari mu Rwanda.

    Ati “Naje kumenya ko hari n’Abanyarwanda bayumviraga hirya no hino aho bari bihishe bumvaga bagiye gutabarwa. Ubu barishima iyo bongeye kuyumva kuko bibuka ibihe bitoroshye banyuzemo n’uko batabawe.”

    Umuhanzi Mariya Yohana ufatwa nk’inararibonye mu ndirimbo z’umuco gakondo w’u Rwanda, avuga ko indirimbo Intsinzi ifite aho ihuriye n’umunsi wo kwibohora, kuko ivuga uburyo Abanyarwanda baruhiye igihugu ariko amaherezo bagatsinda.

    Iyi ndirimbo kandi ngo yayifashishaga mu gihe hashakishwaga amafaranga yo gufasha abababaye, ubwo Mariya Yohana yakoraga nk’umukangurambaga cyangwa abo bita abakada afatanyije n’itorero yabagamo , bigatuma Abanyarwanda bavaga mu mahanga n’ahandi bayumva bagira ishyaka ryo kwiyubakira igihugu bafatanyije kandi bafashanya, icyabateranije kikagerwaho kandi bose bishimye.

    Afite n’ibindi bihangano byiganjemo ibyo kwibuka bifasha benshi kwigirira icyizere no kwibuka biyubaka ndetse n’izigaruka ku mateka akomeye u Rwanda rwanyuzemo mu 1994.

    Grace Mukankusi

    Uyu mubyeyi w’imyaka 35 yamamaye mu ndirimbo zirimo ‘Icyizere’ n’izindi. Yavukiye mu karere ka Kayonza mu bana 12 ari nawe bucura. Jenoside yakorewe abatutsi yabaye we n’abo bavukanaga basigaye ari umunani kubera abandi bari barishwe n’uburwayi.

    Uyu mubyeyi ari mu barokotse Jenoside ndetse ababyeyi be bose bahitanywe nayo. Yanyuze mu nzira y’inzitane muri Jenoside yakorewe Abatutsi n’ubwo yari akiri umwana ndetse iyo avuga amateka ye muri ibyo bihe amarira azenga mu maso.

    Ni umwe mu bahanzi bafite ibihangano bikunze gufasha benshi cyane mu bihe byo kwibuka.

    Munyanshoza mu bihangano bye yibanda ku byomora ibikomere n’ibivuga amateka ya Jenoside

    Nyiranyamibwa ni umwe mu bahanzi bafashije abanyarwanda abinyujije mu bihangano

    Senderi ni umwe mu bahanzi bafasha benshi mu bihe nk’ibi byo kwibuka

    Bonhomme ari mu bahanzi bazwiho kuririmba ibihangano bigaruka ku bihe byo kwibuka

    Mariya Yohana ni umwe mu bahanzi bafite inganzo idakama yafashije benshi

  • Samputu washutswe na Museveni ari mu myiteguro yo gutangiza ishyaka –

    Ibi bikorwa bya Samputu bishyigikiwe na Perezida Yoweri Museveni wa Uganda, mu mugambi amazemo imyaka wo gukora ibishoboka byose ngo ahungabanye umutekano w’u Rwanda.

    Abazi iby’iyi migambi bavuga ko Museveni yabwiye Samputu ko nk’umuhanzi wagize igikundiro mu Rwanda, ashobora gukoresha ijwi rye agafata imitima y’Abanyarwanda nk’uko Kizito Mihigo yabikoze.

    Ishyaka rya Samputu rifite intego yo kwibanda ku bacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, rikababwira ko Leta y’u Rwanda itabitayeho.

    Bivugwa ko abafatanyabikorwa ba Samputu muri uyu mugambi wo gushinga ishyaka barimo René Mugenzi, Zaneza, Claude Gatebuke, bazwi cyane mu bikorwa byo guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, ndetse bakiyitirira ko bayirokotse kandi atari byo, ahubwo bakomoka ku babyeyi bagize uruhare mu guhekura u Rwanda.

    Mugenzi we aherutse guhamywa n’urukiko mu Bwongereza kwiba amafaranga ya Kiliziya yakoragamo.

    Amakuru kandi avuga ko uyu Samputu amaze iminsi mu bikorwa byo kuvuga ko Kizito yishwe na Leta y’u Rwanda, nyamara n’umuryango we warabyamaganye, ndetse ugasaba abarimo Samputu n’abandi kureka ibikorwa byo kwirirwa bamuvugiraho, aho bamuhinduye iturufu y’ibikorwa byabo bya politiki.

    Si ubwa mbere Samputu acuditse na Museveni kuko no mu bihe by’Intambara ya Kisangani, ubwo ingabo z’u Rwanda zatsindaga uruhenu iza Uganda, Samputu yari atuye i Kampala, kandi afitanye ubucuti na Museveni budasanzwe ku buryo banasuranaga.

    Nyuma y’uko umubano hagati y’ibihugu byombi utangiye kujya mu buryo, Samputu yagiye gutura mu Rwanda, kuko nta nyungu yari akibona kwa Museveni.

    Mu Rwanda yahakoreye umuziki urimo n’uhimbaza Imana, mbere y’uko yimukira muri Canada, ari naho atuye.

    Hashize iminsi agaragara mu bikorwa bitandukanye byateguwe n’abarwanya Leta y’u Rwanda, by’umwihariko abahakana Jenoside yakorewe Abatutsi.

    Jean Paul Samputu ari mu bikorwa byo gushinga ishyaka

  • Uko abahuye n’ihungabana bazafashwa muri iki gihe cyo kwibuka –

    Tariki 7 Mata, u Rwanda rwatangiye urugendo rw’iminsi 100 yo kwibuka ku nshuro ya 27 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Ni iminsi itorohera na gato abarokotse Jenoside aribyo bituma bamwe muri bo bahura n’ikibazo cy’ihungabana.

    RBC ibinyujije ku rukuta rwayo rwa Twitter yatangaje uko abahuye n’ikibazo cy’ihungabana bazafashwa, aho bazitabwaho n’abaganga babihuguriwe, abaganga basanzwe bavura indwara zo mu mutwe ndetse n’abajyanama b’ubuzima hirya no hino mu gihugu.

    Yatangaje ko abajyanama b’ubuzima ku bufatanye n’Umuryango uharanira inyungu z’Abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi, IBUKA, bazaha ubufasha abagize ihungabana mu ngo zabo, mu cyo RBC yise urwego rwa mbere.

    RBC kandi yavuze ko mu gihe uwahuye n’ihungabana adakize, abamureberera bahamagara umurongo utishyurwa wa 114. Aba bazajya boherezwa ku bitaro by’Akarere bafashwe n’abaganga babihuguriwe, abaforomo bita ku ndwara zo mu mutwe ndetse n’abahanga mu mitekerereze ya muntu. Abo babarizwa mu rwego rwa kabiri.

    Abo mu rwego rwa Gatatu, ni abavuriwe ku bitaro by’Akarere ariko bagakomeza kuremba. Aba bazajya bajyanwa ku bitaro by’icyitegererezo bibaho abaganga bavura indwara zo mu mutwe, abaforomo babitaho ndetse n’abahanga mu mitekerereze ya muntu.

    Mu gihe cyo kwibuka ku nshuro ya 26, IBUKA yagaragaje ko habonetse abantu 1.412 bagaragaweho ibikorwa by’ihungabana. Muri bo 919 [ni ukuvuga 65%] bafashirijwe mu ngo hifashishijwe telefone naho 192 [bangana na 14%], bajyanywe kwa muganga cyangwa mu bigo nderabuzima, gusa muri bo uwamazeyo igihe kinini ni amasaha 24.

    Abandi 297 [bangana na 21%] bajyanywe ku bitaro bikuru naho abandi bane bajyanywe mu bitaro byihariye byita ku bafite ibibazo byo mu mutwe. Aba ariko ni abari basanzwe bafite ibibazo byo mu mutwe by’igihe kirekire gusa ngo bari basanzwe bafata imiti ndetse barafashijwe.

    IBUKA yagaragaje ko mu 2019, habonetse abantu 3.656 bahuye n’ibibazo by’ihungabana n’agahinda gakabije mu bihe byo kwibuka.

    Muri abo abagera ku 3.087 bahawe ubufasha bwihuse basanzwe aho bari mu gihe abandi bagera kuri 569 bari bafite ibibazo bikomeye ku buryo bajyanywe mu bitaro kwitabwaho n’abaganga.

    Abahura n’ihungabana muri iki gihe cyo kwibuka bazajya bafashwa mu buryo bwose