Tag: featured

  • Hahishuwe uko wa mugeni washyizwe muri Stade yambitswe agatimba mu gushaka ko Polisi yabaha imbabazi –

    Iyi nkuru yabo ni imwe mu zaciye igikuba yaba ku mbuga nkoranyambaga itera n’ishavu mu mitima y’abantu bijyanye ahanini n’uburyo ubukwe bufatwa mu muco nyarwanda. Wa munsi w’ibyishimo by’imbonekarimwe mu buzima.

    Ni bake mu by’ukuri bazi ibyabereye mu nyubako yo ku Kicukiro yagejeje aho aba bageni batabwa muri yombi ku bwo kurenga ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19. Kimwe mu bitarigeze bimenyekana, ni uburyo umugeni yagaragaye yambaye agatimba mu gihe aho ku Kicukiro hari hari kubera umuhango wo gusaba.

    Mukagakwerere Anne-Marie, ni umubyeyi wareze umukobwa wari washyingiwe. Ku nshuro ya mbere yavuze ku mahano yabaye ku wo afata nk’umwana we, maze avuga ko bitari bikwiriye ko abantu bakomeza kunenga Polisi.

    Uyu mubyeyi yabwiye The NewTimes ko aho Polisi yabafatiye ku Kicukiro hatari habereye ubukwe busanzwe, ahubwo wari umuhango wo gusaba no gukwa. Umukobwa ngo yari yambaye imikenyero isanzwe; wakwibaza rero aho agatimba twabonye mu mafoto katurutse.

    Ati “Umugeni yari yambaye umushanana ubwo Polisi yazaga. Bakimara kubona Abapolisi, abari bashinzwe ibikorwa by’ubukwe bamwirukankanye mu cyumba baramuhindurira bamwambika ikanzu y’abageni n’agatimba, bagira ngo Polisi imugirire impuhwe.”

    Yongeyeho ati “Njye narabarakariye, mbabaza impamvu bahisemo kumuhindurira bakamwambika ikanzu y’ubukwe. Gusa bambwira ko byakozwe kugira ngo Polisi nibababarira bahite bajya gusezerana mu rusengero.”

    Mukagakwerere yakomeje avuga ko mbere n’ubundi yari yanze ko bakora ubukwe kuko bari baburiwe na Polisi hakiri kare ko bagomba kubuhagarika, gusa bubaye arabutaha kubera ko bwari ubw’umukobwa we akaba yaragombaga kuhaboneka nk’umubyeyi wamureze kuva afite imyaka itandatu.

    Ati “Ibyo twakoze ntabwo ari byo rwose, ndizera ko n’abandi byababereye isomo.”

    Aimé Ndagijimana wari umukwe yemeye ko ibyo bakoze ari amakosa ndetse ko bitari bikwiriye ko abantu babikabiriza cyane.

    Ati “Twarenze ku mabwiriza turabyemera, ku bw’amahirwe make twarafashwe ndetse turanahanwa. Twebwe nta kibazo na gito byaduteye kuko ubu twarasezeranye nta kibazo rwose.”

    “Abaduhaye impano ni nde wababwiye ko dukeneye inkunga?”

    Nyuma y’aho ubu bukwe bucikirijwemo hagati, ku mbuga nkoranyambaga abantu bahise batangira gukusanya amafaranga yo gufasha aba bageni kugira ngo babashumbushe ibirori batabonye.

    Hari nk’urubuga rwa Save Plus rwafunguwe kugira ngo hakusanywe miliyoni 1,5 Frw yo kubafasha kujya mu kwezi kwa buki. Ubu rumaze gukusanyirizwaho arenga miliyoni 5 Frw; Onomo Hotel nayo yemeye kuzabaha icyumba bazararamo, Zoï Design nabo bemera kuzabaha imyambaro.

    Mukagakwerere yanenze abantu bagaragaje ko babagiriye impuhwe kugera n’aho batangira kubaha impano.

    Ati “Njye kugeza n’ubu sindumva ukuntu abantu bakuririje ibintu bakabiremereza nk’aho bari barabuze aho bahera ngo bibasire Polisi. Yego umukobwa wanjye yari yambaye ikanzu n’agatimba muri Stade, none bashakaga ko bigenda bite? Bashakaga ko bamubona yambaye ubusa?”

    “Wagira ngo bamwe bari bafitanye ibibazo na Polisi. Uburyo bahagurukiye ku kibazo cyacu bakanenga Polisi biraciriritse cyane. Nigeze no kumva bamwe bari gutanga n’ibyumba by’ubuntu abandi bakusanya inkunga yo guha abageni, ni inde wababwiye ko bari gushaka ubufasha cyangwa abaterankunga?.”

    Uwatanze amakuru kuri Polisi nawe yavuze

    Uwahamagaye Polisi kuva ubukwe bitangiye gutegurwa kugeza bubaye mu buryo buhonyora amabwiriza yo kwirinda Covid-19, we yavuze ko byari ngombwa ko akiza ubuzima bw’abantu bari bagiye guterana ari benshi.

    Ati “Natekereje ko ubuzima bw’abantu bugiye gushyirwa mu kaga maze mbimenyesha Polisi hakiri kare. Ibyo bari bagiye gukora ntabwo byari bikwiriye. Bamwe mu bantu bo mu miryango yakoze ubukwe ntibifuzaga kubukora. Bamwe bakomeje gutsemba birangira bakomeje gahunda y’ubukwe.”

    “Numvaga mfite inshingano zo gutuma ibyo bikorwa bihagarikwa, atari ukubera gusa ko bamwe mu bagize iyo miryango bashoboraga kwandura ahubwo kubera ko ibyo bari bagiye gukora ari ugutesha agaciro ingufu zose leta ishyira mu kurwanya Coronavirus.”

    Nyuma y’uko abageni bafashwe na Polisi ku itariki 5 Mata, bajyanywe muri Stade, abantu 56 bafashwe bacibwa amande y’ibihumbi 25 Frw buri umwe ndetse batanga n’andi ibihumbi 10 Frw yo kwipimisha Coronavirus, gusa ku bw’amahirwe bose basanzwe ari bazima.

    Ku munsi wakurikiyeho tariki 6 Mata, abageni bakomeje ibikorwa by’ubukwe basezeranira muri Paruwasi ya Mutagatifu Jean Bosco ku Kicukiro.

    Abafashwe na Polisi bose bararekuwe, uretse abagabo babiri aribo Justin Bisengimana nyiri Hotel Rainbow yagombaga kuberamo ubukwe, nyuma bukaza kubera iwe na muramu we Nsengimana Methode bafatanyije gutegura uwo mugambi wo gukora ubukwe.

    Nubwo Bisengimana na Nsengimana bari mu maboko ya Polisi kuva bafatwa, hari amakuru ko bashobora guhabwa imbabazi bagafungurwa kuri uyu wa Gatanu tariki 9 Mata batiriwe bajyanwa mu nkiko.

    Uyu mugeni ngo yambitswe agatimba bashaka kureba ko Polisi yamugirira imbabazi

    Umukenyero usanzwe umenyerewe nk’umwambaro w’icyubahiro wambarwa mu birori, ababyeyi bari bawikinze mu maso

    Abari bitabiriye ubukwe bose bashyizwe muri stade nyuma yo kugaragara barenze ku mabwiriza yo kwirinda

    Izindi nkuru wasoma:

    - Inkuru y’urugendo rwagejeje ba bageni ku gushyirwa muri stade

    - Covid-19: Uburakari nyuma y’umugeni washyizwe muri stade; dukome urusyo n’ingasire


  • Kayonza: Hagaragaye umurambo w’umugabo utaramenyekana bikekwa ko yishwe akajugunywa mu Akagera –

    Uyu murambo wagaragaye kuri uyu wa Gatanu tariki ya 9 Mata 2021 mu Mudugudu wa Kibare mu Kagari ka Isangano mu Murenge wa Ndego, ukaba wabonywe n’abarobye bari bari kuroba muri icyo kiyaga cya Rwakibare.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Ndego, Karuranga Léon, yabwiye IGIHE uwo murambo batazi aho waturutse.

    Ati “Ni umurambo wazanywe n’amazi y’umugezi wa Akagera umuyaga uwushyira mu kiyaga cya Rwakibare, si umuntu uturuka hano i Ndego, twayobewe aho aturuka kuko mu bigaragara amaze iminsi itanu mu mazi, isura ye yarangiritse cyane.”

    Gitifu Karuranga yakomeje avuga ko umurambo w’uwo mugabo basanze uhambiriye amaboko mu mugongo ndetse baranamutemye ku kaguru bigaragare ko ari nk’abantu banabanje kumukubita.

    Ati “Bamutemye ikirenge ku buryo cyendaga gucika, ikindi banamuhambirije umukoba mu mugongo ku buryo bigaragara ko babanje kumwirukankana bakamutema agatsinsino, wanareba ukuntu yari aziritse ugasanga bashobora kuba baramwishe bakamuta mu mazi.”

    Gitifu Karuranga yakomeje avuga ko ubu RIB yamaze gutangira iperereza kugira ngo imenye aho uwo muntu aturuka n’abamwishe, yavuze ko umurambo wa nyakwigendera ubu wajyanywe ku bitaro bya Rwinkwavu.


  • BPR yamuritse urukuta ruriho amazina y’abari abakozi bayo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi –

    Uru rukuta rwubatse ku cyicaro gikuru cy’iyi banki mu Mujyi wa Kigali. Rwanditseho amazina y’abakozi bayo babashije kumenyekana ko bazize Jenoside yakorewe Abatutsi bakorerega mu gihugu hose.

    Umuyobozi ushinzwe ubucuruzi muri iyi banki, Mugisha Shema Xavier, yavuze ko uru rukuta rwashyizweho mu guha agaciro abazize Jenoside yakorewe Abatutsi no mu guharanira ko batazibagirana.

    Ati “Nk’ibindi bigo twabuze abantu benshi, haba abakozi n’imiryango. Buri mwaka dufata umwanya wo kwibuka no guha agaciro abacu bazize jenoside. Uyu munsi hafunguwe ikimenyetso cy’urwibutso kiriho amazina y’abakozi 33 bahoze bakorera BPR Plc, ni ikimenyetso cy’ibyiringiro ku babuze ababo n’Abanyarwanda muri rusange ko abazize Jenoside bazahora bibukwa iteka.”

    Bitewe n’icyorezo cya Coronavirus, uyu muhango witabiriwe n’abantu bake bahagarariye abandi.

    Umukozi wa BPR, Nyirinkindi Donat, yatanze ubuhamya bw’inzira ikomeye yahuye nayo kuva mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi azira uko Imana yamuremye.

    Yagize ati “Ndibuka ko kuva mu 1973 twahuye n’ibibazo bikomeye kuko icyo gihe baradutwikiye, baranaduhungabanya cyane. No kuva mu 1990 kugeza mu 1994 ntabwo twigeze tubona amahoro.”

    Yakomeje avuga uko muri Jenoside yari agiye kwicwa we n’umuryango we Imana igakinga akaboko ariko umwana w’uruhinja yari afite agakubitwa bikabije bikaza kumuviramo ubumuga.

    Ati “Ubwo muri Jenoside twagiye duhungira ahantu hatandukanye, tuza kugera ahantu bagiye kutwica ariko ntibyaba gusa bafata umwana w’uruhinja twari dufite bamukubita hasi. Ntitwahise tumenya ko yangiritse ariko amaze gukura yaje kurwara baza gusanga yaragize ikibazo cy’umugongo n’ibindi bibazo biturutse kuri uko gukubitwa hasi.”

    Uhagararariye imiryango y’abari abakozi b’iyi banki bazize Jenoside, Ntabana Gaston, wari ufite mushiki we wayikoragamo, yavuze ko kubonaho izina rye byatumye yumva hari agaciro ahawe.

    Ati “Ndashimira cyane BPR Plc kuba yaratekereje gushyiraho uru rukuta, nageze hariya mbonye izina rya mushiki wanjye na muramu wanjye n’izindi nshuti nari nzi numva ndishimye cyane. Ni igikorwa cyiza cyo gusubiza agaciro abazize jenoside.”

    Uwari uhagarariye Ibuka muri uyu muhango, Ngabo Brave Olivier, yashimiye BPR uburyo idahwema gukora ibikorwa bishyigikira binakomeza abacitse ku icumu.

    Ati “Ibuka yantumye ngo mbashimire cyane kuko iyi ni inyikirizo ku ntero ivuga ngo ntukazime nararokotse. Nk’uko bigaragara ku nzibutso uwarokotse iyo abonye aho uwe yanditse bimwongerera imbaraga zo kubaho.”

    Yakomeje ashimira iyi banki uburyo idahwema gutanga umusanzu mu bikorwa bishyigikira abacitse ku icumu.

    Ati “Mwakoze ibikorwa byinshi tutareka kubashimira birimo nko gufasha abacitse ku icumu no kubagabira, gusigasira amateka birimo gusana inzibutso no kwiga amateka ku bakozi banyu, turabashimira cyane.”

    Ngabo yaboneyeho umwanya wo kwibutsa abitabiriye uyu muhango ko bagomba gufata iya mbere mu kurwanya abapfobya bakanahakana Jenoside yakorewe Abatutsi.

    Ati “Muri iyi minsi duhanganye n’abapfobya Jenoside cyane baciye ku mbuga nkoranyambaga kandi natwe turazikoresha. Ntidukwiriye kwicara ngo tubarebere tuzi ukuri, dukwiye gukora ibishoboka byose ngo duhangane nabo.”

    Banki y’Abaturage yatangiye mu 1975. Ubu ifite amashami agera ku 137 n’aba-agent ba BPR Hafi barenga 330 mu gihugu hose.

    Ubwo urukuta ruriho amazina 33 y’abari abakozi ba BPR rwamurikirwaga

    Uru rukuta ruriho amazina 33 y’abahoze bakorera BPR Plc bazize Jenoside yakorewe Abatutsi

    Abakozi ba BPR bunamira bagenzi babo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi

    BPR yibutse abari abakozi bayo bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi bazizwa uko bavutse

    Uyu muhango witabiriwe n’abakozi bake mu kwirinda icyorezo cya Coronavirus

    Uhagarariye imiryango y’abakozi ba BPR Plc bazize Jenoside yakorewe Abatutsi, Ntabana Gaston, yashimiye iyi banki kuba yarahaye agaciro abarimo abo mu muryango we

    Umukozi wa BPR Plc, Nyirinkindi Donat, yatanze ubuhamya bw’inzira ikomeye yanyuzemo mbere ya Jenoside no mu gihe yabaga

    Umuyobozi w’Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali, Gatera Honoré, yari yitabiriye uyu muhango

    Uwari uhagarariye Ibuka, Ngabo Brave Olivier, yibukije ko buri wese agomba guhangana n’abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi

    Uwari ahagarariye ubuyobozi bwa BPR Plc, Mugisha Shema Xvier, yavuze ko uru rukuta rwashyizweho mu gukomeza guha agaciro abazize Jenoside

    Amafoto: Igirubuntu Darcy


  • Minisitiri Bamporiki yeretse urubyiruko ibyiciro bitatu bakwiye kumenyamo u Rwanda –

    Ibi yabigarutseho mu kiganiro yagiranye na RBA cyibandaga ku ruhare rw’urubyiruko mu kubaka u Rwanda rwunze ubumwe.

    Mu gihe u Rwanda n’Isi muri rusange biri mu cyumweru cyahariwe kwibuka no kunamira inzirakarengane za Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, Bamporiki Eduard yagarutse ku cyatumye abanyarwanda bangana, bagatatira igihango cy’ubunyarwanda bakicana ari abavandimwe.

    Abwira urubyiruko ko mu byo baba bakora byose bakwiye kuzirikana u Rwanda bakarwitaho bakarurwanirira.

    Ati “Mu bintu bikomeye umwana w’umunyarwanda akeneye, ni ukumenya u Rwanda. Kumenya u Rwanda mu bice bitatu, kumenya u Rwanda nk’igihugu cy’igihangange, kumenya u Rwanda rwabaye igihugu kiri gukinishwa rukajyanwa no ku manga y’urupfu nk’igihugu gipfa, no kumenya u Rwanda Inkotanyi zanze ko rupfa. Ibyo bintu uko ari bitatu ni impamba yafasha umunyarwanda mu rugamba cyangwa urugendo yaba afite urwo arirwo rwose.”

    Yongeyeho ko kenshi usanga muri iki gihe urubyiruko ruhugiye mu gushaka imibereho no kwiga amashuri menshi bakibagirwa u Rwanda kandi ari rwo rutuma babasha gutuza bagakora ibyo byose.

    Yabasabye ko nubwo ibyo byose babikora, badakwiye kwibagirwa urwababyaye kuko ari bo Rwanda rw’ejo.

    Ati “Hari igihe ibyo dushyuhamo byose twibagirwa u Rwanda, ugushaka amashuri meza nibyo, ugashaka amafaranga menshi nibyo, ariko umunsi umwe uzaba perezida w’iki gihugu, uzaba minisitiri w’iki gihugu, uzaba umubyeyi ubyarire muri iki gihugu, uzaba umurezi muri iki gihugu uzaba umucuruzi muri iki gihugu.”

    Akomeza abwira urubyiruko ko umunsi bazaba aribo bayobozi b’igihugu, bazaba bafite umukoro wo gutoza abana babo no kubigisha inzira banyuramo. Kandi kugira ngo bazabigereho ari uko babanza kubitegura hakiri kare.

    Umuyobozi wa Rwanda We Want, Murenzi Tristan, wari witabiriye ikiganiro yasabye urubyiruko bagenzi be guhorana ubunyarwanda muri bo bakirinda icyabatandukanya bakazirikana ikibahuje.

    Ati “Dukomeze izo gahunda zo gushaka amaramuko, dukomeze izo gahunda zo gushaka ejo hazaza hacu heza ariko dutekereze tuvuge tuti hari igihe cyagera aya mafaranga akaba ntacyo akitumariye igihe cyose ubunyarwanada bwaba bwatakaye, ariyo mpamvu tugomba gushaka amafaranga ariko tugashyira imbaraga mu kubaka ubunyarwanda tukabuha imbaraga zihagije kugira ngo ibyabaye bitazongera.”

    Bamporiki yasoje asaba urubyiruko kudafatanya n’abasebya u Rwanda nk’aho hari icyo bapfa narwo ahubwo bakarushaho kurumenya no kurwubaka basigasira igihango cy’ubunyarwanda kizatuma rubaho neza mu mahoro.

    Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco, Bamporiki Edouard, yasabye urubyiruko kumenya u Rwanda, bakaruzirkana mu byo bahugiramo byose

  • Ubuhamya bw’abasore bashimuswe n’abasahuzi ba Rusesabagina –

    Ubu busahuzi bwabayeho nyuma y’amasaha macye aba bahungu ba Rusesabagina, bigaragara ko ari n’abasahuzi, babwiye abaturage bari basanze bari kureba umupira ko ikibagenza ari “Uguhindura Leta ya FPR, mwe mube abahamya b’ibyo dushaka”.

    Mu gihe rero izi nyeshyamba zatangiraga guhunga, ziraye mu nzu z’abaturage zisahura buri kimwe cyaose gishoboka, mbere y’uko zibyikoreza abaturage bari aho n’ubundi, kugira ngo babitware inzira yose.

    Rumwe mu ngo bahereyeho muri ibyo bikorwa by’ubusahuzi, ni urwa Josephine Nyiragema, wasahuwe ibirimo imyenda, amafaranga ndetse n’ibigori yari abitse mu nzu.

    Mu kiganiro na Kivu Press Agency, Nyiragema yavuze ko aba basahuzi b’inyashyamba bamwibye buri kimwe cyose bashoboraga gutwara.

    Yagize ati “Baraje bahita banyaka amafaranga, bahita bajya mu nzu barasaka, batwara ibigori byari bihari n’imyenda y’abana yari ihari”.

    Muri uru rugo kandi, abasahuzi ba Rusesabagina banahakuye umusore w’imyaka 20, bamutegeka gutwara imizigo bari bamaze kwiba.

    Mu bandi basore batwaye imizigo y’izi nyeshyamba, barimo Damascene Habyarimana, wasobanuye uburyo bafashwemo.

    Yagize ati “Twagiye kubona tubona badusanze hano, icyo badokoreye, bahise badushyiraho ibiziriko, baratuboha”.

    Viateur Habimana nawe ni umusore watoranyijwe mu bagombaga gutwaza izi nyeshyamba, ndetse akaba anafite ibibazo by’ubuzima birimo gutitira bidasanzwe, aho avuga ko “Ari ingaruka z’ibyo [bitero]”.

    Igitero cya FLN cyatumye bamwe barara mu bihuru

    Bamwe mu baturage bavuze ko nyuma y’iki kigero, hari ubwo bamaze iminsi myinshi barara mu bihuru, kuko batinyaga ko FNL ishobora kugaruka ikabasanga mu nzu nk’uko byagenze mbere.

    Nyiragema yashimangiye ko iki gitero cyahungabanyije umusore wari wavanywe iwe akajya kwikorera imitwaro yibwe n’inyeshyamba.

    Yagize ati “Yagarutse yahahamutse, twese twari twahahamutse. Bwarakeye mu gitondo, abashinzwe umutekano n’abapolisi baje [tubona kugaruka mu buzima busanzwe]. Twamaze ibyumweru turara mu kigunda, tukirirwa mu rugo no kurya ntitubone uko turya, tukajya kurara mu kigunda”.

    Yavuze kandi ko ingabo z’u Rwanda zababaye hafi cyane, ku buryo ari zo zatumye basubira mu buzima busanzwe.

    Yagize ati “Twabonye uko ingabo zakomeje kuturinda, noneho turashinga dusubira mu nzu turaryama, ubwo umutima utangira gusubira mu gitereko”.

    Ab’i Nyabimata barifuza ko Rusesabagina azajya kuburanirayo ’bakamuhamya’

    Mu minsi ishize, Paul Rusesabagina uri kwiregura ku byaha byakozwe na FLN yari ishami rya gisirikare ry’impuzamashyirahamwe ya MRCD, n’ubwo yikuye mu rubanza, yavuze ko inkiko z’u Rwanda zidakwiye kumuburanisha kuko ’atari umunyarwanda’.

    Abaturage ba Nyabimata, nk’abantu bagizwe ingaruka zikomeye n’icyo gitero, bavuze ko bakishimira kubona Rusesabagina ari kuburanira i Nyabimata aho yakoreye ibyaha, kuko byabaha ubutabera bwuzuye.

    Josephine Nyirabaganwa yagize ati “Ni byo byiza yakagombye no kuburanira aha ngaha, tunamuhamya”.

    Undi yongeyeho ati “Kuburanishwa ari mu Rwanda ni byo byiza, ni byo twishimiye, areba nyine ibyo yakoze”.

    Aphrodis Rudasimbwa uyobora Umurenge wa Nyabimata, yavuze ko ibyo abaturage bavuga bifite ishingiro kubera icyaha gikomeye bakorewe.

    Yagize ati “Ibikorwa byakozwe n’inyeshyamba zari ziyobowe n’uriya mugabo (Rusesabagina), byahemukiye abaturage, biduhungabanyiriza umutekano, ku buryo n’ubu hari abagifte ibikomere. Rero umugizi wa nabi kumuburanyishiriza aho yakoreye icyaha ni byiza, bifasha abantu kumenya ko nta muntu uri hejuru y’amategeko”.

    Kuva mu myaka ya za 2005, Rusesabagina yashyize imbaraga nyinshi mu kurwanya Leta y’u Rwanda, binyuze mu gukwirakwizwa ibinyoma n’andi mayeri ataramuhire.

    Ibi byatumye uyu mugabo yiyemeza gukora ibishoboka byose agakuraho Leta y’u Rwanda “Binyuze mu nzira iyo ari yo yose”, kuko “ibiganiro by’amahoro bitatanze umusaruro”.

    Izo nzira rero kwari ukurema umutwe w’iterabwoba wa FLN, wari ushamikiye ku mpuzamashyirahamwe ya MRCD, akaba ari nawo wigambye ibitero byahitanye abantu icyenda mu turere twa Nyaruguru na Nyamagabe, barimo Mutesi Jacqueline Diane witeguraga gushyingirwa, Atete Ornella w’imyaka 13, Mukabahizi Hilarie, Nteziryayo Samuel, Niyubuhungiro Jeannine, Niyonshuti Isaac, Maniraho Anathole, Habimana Joseph na Munyaneza Fidèle.

    Rusesabagina wari inyuma y’ibi bikorwa byose, kimwe n’abo bafatanyije barimo Callixte Sankara wari Umuvugizi wa FLN, Nsengimana Herman wamusimbuye n’abandi 18, bari imbere y’ubutabera bw’u Rwanda aho bari kwiregura ku ruhare bagize muri ibi bitero.

    Inkovu ya Kayangabo Antoine wakubiswe ubuhiri n’inyeshyamba za FLN iracyagaragara

    Imodoka y’uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyabimata yatwitswe n’inyeshyamba za FLN irakongoka

    Inzu yabagamo Umuyobozi Ushinzwe Amasomo mu Rwunge rw’Amashuri rwa Nyabimata wishwe n’inyeshyamba za FLN

    Agasantere ko mu Rwerere, aho inyeshyamba za FLN zatwikiye imodoka ya Gitifu wa Nyabimata, zikanahicira abantu babiri

    Sebagima Simon utuye mu Mudugudu wa Mutobwe, Akagari ka Nyabimata, Umurenge wa Nyabimata ari mu baturage basahuriwe iduka n’inyeshyamba za FLN za Rusesabagina

    Inkovu z’amasasu ziracyagaragara ku mubiri wa Ntakirende warashwe n’inyeshyamba za FLN

    Rusesabagina yasabiwe kujya kuburanira aho abahungu be bakoreye ibyaha

  • #Kwibuka27: Abantu 18 bamaze gutabwa muri yombi bakekwaho ingengabitekerezo ya Jenoside –

    Buri mwaka iyo Abanyarwanda n’abatuye Isi bitegura cyangwa binjiye mu bikorwa byo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi, hirya no hino mu gihugu hakunze kugaragara abantu bakora ibikorwa biganisha ku ngengabitekerezo ya Jenoside.

    Umuvugizi wa Polisi y’Igihugu, CP John Bosco Kabera yabwiye RBA, ko kuva ku wa Gatatu tariki 7 Mata ubwo hatangiraga ibikorwa byo kwibuka, hari abantu bakomeje kugaragaraho ingengabitekerezo ya Jenoside.

    Ati “Muri rusange hagaragaye ibikorwa 22 byose bigizwe n’amagambo asesereza yumvikanamo ingengabiterezo ya Jenoside. Abaturage uko bagomba kwitwara barakuzi bakwiye kureka ibyo bikorwa bisesereza.”

    Avuga ko mu Mujyi wa Kigali hagaragaye ingero z’ibyo bikorwa eshanu, mu Ntara y’Iburasirazuba hagaragara birindwi, mu Majyepfo bitanu, mu Majyaruguru bitatu naho Iburengerazuba hagaragara bibiri.

    Ni ukuvuga ko bose hamwe ari 32, ariko Polisi y’Igihugu ivuga ko abatawe muri yombi ari 18 aho bacumbikiwe kuri sitasiyo za Polisi zitandukanye mu gihe abandi bane bagishakishwa.

    Itegeko ryerekeranye n’icyaha cy’ingengabitekerezo ya Jenoside n’ibyaha bifitanye isano nayo rivuga ko ‘umuntu ukorera mu ruhame igikorwa, byaba mu magambo, mu nyandiko, mu mashusho cyangwa ku bundi buryo, kigaragaza imitekerereze yimakaza cyangwa ishyigikira kurimbura abantu bose cyangwa bamwe muri bo bahuriye ku bwenegihugu, ubwoko, ibara ry’uruhu cyangwa ku idini aba akoze icyaha.

    Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka itanu ariko kitarenze imyaka irindwi n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi y’ibihumbi 500 Frw ariko atarenze miliyoni 1 Frw.

    Mu gihe cyo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi, hakunze kugaragara abantu bakirangwa n’ingengabitekerezo mbi

  • Huye: Umugabo akekwaho kwica umukecuru baturanye akamutaba mu nzu –

    Inzego z’ubuyobozi n’iz’umutekano zasanze umurambo w’uwo mukecuru witwa Mukanyonga Thérèse mu nzu y’uwo mugabo bari baturanye yagerageje kumutaba kugira ngo asibanganye ibimenyetso.

    Icyo cyaha cy’ubwicanyi cyamenyekanye kuri uyu wa Gatanu, cyabereye mu Mudugudu wa Nyarugenge mu Kagari ka Kiruhura.

    Umuyobozi w’Akarere ka Huye, Sebutege Ange, yabwiye IGIHE ko uwo mugabo yagerageje gucika ariko mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu yafashwe.

    Ati “Icyaha akekwaho cyabaye ku itariki 8 Mata. Ubu yamaze gufatwa afungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Rusatira.”

    Yakomeje avuga ko kugeza ubu hataramenyekana icyateye uwo mugabo kwica uwo mukecuru kuko bari baturanye kandi nta kintu kizwi bapfa cyangwa bahuriyeho.

    Yavuze ko RIB yatangiye iperereza ku cyaba cyatumye amwica.

    Umurambo w’uwo mukecuru wajyanywe ku Bitaro bya Kaminuza bya Butare, CHUB, gukorerwa isuzuma.


  • Minisitiri yeretse urubyiruko ibyiciro bitatu bakwiye kumenyamo u Rwanda –

    Ibi yabigarutseho mu kiganiro yagiranye na RBA cyibandaga ku ruhare rw’urubyiruko mu kubaka u Rwanda rwunze ubumwe.

    Mu gihe u Rwanda n’Isi muri rusange biri mu cyumweru cyahariwe kwibuka no kunamira inzirakarengane za Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, Bamporiki Eduard yagarutse ku cyatumye abanyarwanda bangana, bagatatira igihango cy’ubunyarwanda bakicana ari abavandimwe.

    Abwira urubyiruko ko mu byo baba bakora byose bakwiye kuzirikana u Rwanda bakarwitaho bakarurwanirira.

    Ati “Mu bintu bikomeye umwana w’umunyarwanda akeneye, ni ukumenya u Rwanda. Kumenya u Rwanda mu bice bitatu, kumenya u Rwanda nk’igihugu cy’igihangange, kumenya u Rwanda rwabaye igihugu kiri gukinishwa rukajyanwa no ku manga y’urupfu nk’igihugu gipfa, no kumenya u Rwanda Inkotanyi zanze ko rupfa. Ibyo bintu uko ari bitatu ni impamba yafasha umunyarwanda mu rugamba cyangwa urugendo yaba afite urwo arirwo rwose.”

    Yongeyeho ko kenshi usanga muri iki gihe urubyiruko ruhugiye mu gushaka imibereho no kwiga amashuri menshi bakibagirwa u Rwanda kandi ari rwo rutuma babasha gutuza bagakora ibyo byose.

    Yabasabye ko nubwo ibyo byose babikora, badakwiye kwibagirwa urwababyaye kuko ari bo Rwanda rw’ejo.

    Ati “Hari igihe ibyo dushyuhamo byose twibagirwa u Rwanda, ugushaka amashuri meza nibyo, ugashaka amafaranga menshi nibyo, ariko umunsi umwe uzaba perezida w’iki gihugu, uzaba minisitiri w’iki gihugu, uzaba umubyeyi ubyarire muri iki gihugu, uzaba umurezi muri iki gihugu uzaba umucuruzi muri iki gihugu.”

    Akomeza abwira urubyiruko ko umunsi bazaba aribo bayobozi b’igihugu, bazaba bafite umukoro wo gutoza abana babo no kubigisha inzira banyuramo. Kandi kugira ngo bazabigereho ari uko babanza kubitegura hakiri kare.

    Umuyobozi wa Rwanda We Want, Murenzi Tristan, wari witabiriye ikiganiro yasabye urubyiruko bagenzi be guhorana ubunyarwanda muri bo bakirinda icyabatandukanya bakazirikana ikibahuje.

    Ati “Dukomeze izo gahunda zo gushaka amaramuko, dukomeze izo gahunda zo gushaka ejo hazaza hacu heza ariko dutekereze tuvuge tuti hari igihe cyagera aya mafaranga akaba ntacyo akitumariye igihe cyose ubunyarwanada bwaba bwatakaye, ariyo mpamvu tugomba gushaka amafaranga ariko tugashyira imbaraga mu kubaka ubunyarwanda tukabuha imbaraga zihagije kugira ngo ibyabaye bitazongera.”

    Bamporiki yasoje asaba urubyiruko kudafatanya n’abasebya u Rwanda nk’aho hari icyo bapfa narwo ahubwo bakarushaho kurumenya no kurwubaka basigasira igihango cy’ubunyarwanda kizatuma rubaho neza mu mahoro.

    Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco, Bamporiki Edouard, yasabye urubyiruko kumenya u Rwanda, bakaruzirkana mu byo bahugiramo byose

  • Perezida Kagame yashyikirijwe raporo ku ruhare rw’u Bufaransa muri Jenoside (YAVUGURUWE) –

    Perezida Kagame yakiriye Prof Duclert muri Village Urugwiro kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 9 Mata 2021.

    Prof Duclert wageze mu Rwanda ku wa 7 Mata 2021 yagiranye ibiganiro byiihariye n’Umukuru w’Igihugu; yari aherekejwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Dr Vincent Biruta n’uw’Ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta, Busingye Johnston.

    Uyu muhanga mu by’Amateka yavuze ko yishimiye gushyikiriza Perezida Kagame raporo ku ruhare rw’u Bufaransa muri Jenoside.

    Yagize ati “Wakoze cyane ku bushake bwo kwakira iyi raporo; ni wowe yagenewe.’’

    Duclert yavuze ko raporo yabo ishingiye ku nyandiko babonye ku Rwanda mbere no mu gihe cya Jenoside ariko zikaba zaranafunguriwe abantu bose.

    Uyu mushakashatsi yabwiye itangazamakuru ko mu byo babonye bishimangira ko habayeho Jenoside yakorewe Abatutsi, bikuraho urujijo ku bavuga ko habaye Jenoside ebyiri.

    Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Dr Vincent Biruta, yavuze ko Raporo Duclert yerekana ubutwari Perezida Macron yagize kugira ngo ikorwe.

    Yagize ati “Iyi raporo yerekanye ibintu byinshi, yerekanye uruhare rutaziguye rw’abayobozi b’Abafaransa muri kiriya gihe, mu mateka y’igihugu cyacu by’umwihariko kuva mu 1990-1994. Ni raporo ikomeye mu mibanire y’ibihugu byombi kuko imibanire yubakiye ku kumenya amateka no kuyumva kimwe ni ikintu gikomeye, biba bivuze ngo amateka turayazi, tuyazi kimwe.’’

    Yavuze ko iyi raporo ari intambwe nziza kuko ibihugu byombi bishobora kuba umubano uhamye ushingiye ku kuri raporo yagaragaje.

    Raporo y’Abashakashatsi mu mateka ku ruhare rw’u Bufaransa muri Jenoside yakorewe Abatutsi yatangiye gukorwaho kuva muri Mata 2019, yagaragaje ko iki gihugu cyagize “uruhare rukomeye kandi ntagereranywa” mu mugambi wo gucura no gushyira mu bikorwa Jenoside.

    Iyi raporo y’amapaji 1222 yakozwe n’itsinda ry’abanyamateka 13 yashyikirijwe Perezida Emmanuel Macron ku wa 26 Werurwe 2021.

    Raporo Duclert igaragaza neza ko ubutegetsi bwa Perezida François Mitterrand wayoboraga u Bufaransa mbere no mu gihe cya Jenoside bwashyigikiye ‘buhumyi’ umugambi wo kurimbura Abatutsi ndetse n’ishyirwa mu bikorwa ryawo.

    Mu butumwa yatanze ubwo yatangizaga icyumweru cy’icyunamo, ku wa 7 Mata 2021, Perezida Kagame yashimye ibyavuye muri ‘Raporo Duclert’ yakozwe na Komisiyo yashyizweho na mugenzi we w’u Bufaransa Emmanuel Macron ngo icukumbure uruhare rw’iki gihugu hagati ya 1990 na 1994.

    Yagize ati “Twishimiye iyi raporo kuko ari intambwe y’ingenzi iganisha ku kumva ibintu kimwe uko byabaye. Bikwereka kandi ko hari ubushake [….] ubushake yemwe mu buyobozi bw’u Bufaransa bashaka kugana imbere, kureba imbere bajyana n’imyumvire ikwiriye y’ibyabaye, ibyo turabishima. Tuzasaba ko iyo raporo itugeraho, twarayumvise ko yasohotse kandi ni ikintu cyiza.”

    Umukuru w’Igihugu yavuze ko hari ibimenyetso byinshi byerekanaga ko hari gutegurwa Jenoside ariko byagiye byirengagizwa.

    Yagize ati “Nyuma yo gusoma inyandiko zari zaragizwe ibanga kugeza ubu, iyi raporo ivuga ko Perezida Mitterrand n’abajyanama be ba hafi bari bazi ko Jenoside yo kurimbura Abatutsi yari irimo itegurwa n’inshuti za Mitterrand n’abajyanama be zo mu Rwanda.”

    “Nubwo ibyo yari abizi, Perezida Mitterrand yahisemo gukomeza gutera inkunga izo nshuti ze kuko ngo yumvaga ko ari ngombwa kugira ngo u Bufaransa bukomeze kurinda inyungu za politiki zabwo.”

    Urugendo rwa Prof Duclert mu Rwanda rwabaye mu gihe Perezida Emmanuel Macron na we yitegura gusura u Rwanda, mu ruzinduko ruzaba urwa mbere agiriye mu rw’Imisozi 1000.

    Biteganyijwe ko Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron azagirira uruzinduko mu Rwanda mu ntangiriro za Gicurasi uyu mwaka, ni urugendo ruzaba ari urwa mbere Umukuru w’iki gihugu arugendereye kuva mu myaka isaga 11 ubwo Nicolas Sarkozy yarusuraga mu 2010.

    Uru rugendo rurategurwa mu gihe Perezida Kagame na we yatumiwe mu nama yiga ku kuzahura ubukungu bwa Afurika bwazahajwe n’icyorezo cya Covid-19, itegerejwe kubera mu Bufaransa ku wa 18 Gicurasi 2021.

    Nyuma y’itangazwa rya Raporo Duclert, u Rwanda narwo ruritegura gushyira hanze raporo yarwo ku ruhare rw’u Bufaransa muri Jenoside, izashyirwa hanze muri uku kwezi.

    Perezida Kagame yavuze ko ibyavuye muri izo raporo bisa n’ibigana mu cyerekezo kimwe ahubwo ko hakenewe gukomeza imikoranire igamije kumenya ukuri kw’amateka y’ibyabaye.

    Prof Vincent Duclert yashyikirije Perezida Kagame raporo ya Komisiyo yari ayoboye yagarutse ku ruhare rw’u Bufaransa muri Jenoside yakorewe Abatutsi

    Perezida Kagame aheruka gushima Raporo Duclert avuga ko ari intambwe nziza yatewe n’u Bufaransa

    Uhereye ibumoso: Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga Dr Vincent Biruta, Prof Vincent Duclert, Perezida Paul Kagame na Minisitiri w’Ubutabera Johnston Busingye

    Amafoto: Village Urugwiro


  • Hahishuwe uko wa mugeni washyizwe muri Stade yambitswe agatimba mu kujijisha –

    Iyi nkuru yabo ni imwe mu zaciye igikuba yaba ku mbuga nkoranyambaga itera n’ishavu mu mitima y’abantu bijyanye ahanini n’uburyo ubukwe bufatwa mu muco nyarwanda. Wa munsi w’ibyishimo by’imbonekarimwe mu buzima.

    Ni bake mu by’ukuri bazi ibyabereye mu nyubako yo ku Kicukiro yagejeje aho aba bageni batabwa muri yombi ku bwo kurenga ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19. Kimwe mu bitarigeze bimenyekana, ni uburyo umugeni yagaragaye yambaye agatimba mu gihe aho ku Kicukiro hari hari kubera umuhango wo gusaba.

    Mukagakwerere Anne-Marie, ni umubyeyi wareze umukobwa wari washyingiwe. Ku nshuro ya mbere yavuze ku mahano yabaye ku wo afata nk’umwana we, maze avuga ko bitari bikwiriye ko abantu bakomeza kunenga Polisi.

    Uyu mubyeyi yabwiye The NewTimes ko aho Polisi yabafatiye ku Kicukiro hatari habereye ubukwe busanzwe, ahubwo wari umuhango wo gusaba no gukwa. Umukobwa ngo yari yambaye imikenyero isanzwe; wakwibaza rero aho agatimba twabonye mu mafoto katurutse.

    Ati “Umugeni yari yambaye umushanana ubwo Polisi yazaga. Bakimara kubona Abapolisi, abari bashinzwe ibikorwa by’ubukwe bamwirukankanye mu cyumba baramuhindurira bamwambika ikanzu y’abageni n’agatimba, bagira ngo Polisi imugirire impuhwe.”

    Yongeyeho ati “Njye narabarakariye, mbabaza impamvu bahisemo kumuhindurira bakamwambika ikanzu y’ubukwe. Gusa bambwira ko byakozwe kugira ngo Polisi nibababarira bahite bajya gusezerana mu rusengero.”

    Mukagakwerere yakomeje avuga ko mbere n’ubundi yari yanze ko bakora ubukwe kuko bari baburiwe na Polisi hakiri kare ko bagomba kubuhagarika, gusa bubaye arabutaha kubera ko bwari ubw’umukobwa we akaba yaragombaga kuhaboneka nk’umubyeyi wamureze kuva afite imyaka itandatu.

    Ati “Ibyo twakoze ntabwo ari byo rwose, ndizera ko n’abandi byababereye isomo.”

    Aimé Ndagijimana wari umukwe yemeye ko ibyo bakoze ari amakosa ndetse ko bitari bikwiriye ko abantu babikabiriza cyane.

    Ati “Twarenze ku mabwiriza turabyemera, ku bw’amahirwe make twarafashwe ndetse turanahanwa. Twebwe nta kibazo na gito byaduteye kuko ubu twarasezeranye nta kibazo rwose.”

    “Abaduhaye impano ni nde wababwiye ko dukeneye inkunga?”

    Nyuma y’aho ubu bukwe bucikirijwemo hagati, ku mbuga nkoranyambaga abantu bahise batangira gukusanya amafaranga yo gufasha aba bageni kugira ngo babashumbushe ibirori batabonye.

    Hari nk’urubuga rwa Save Plus rwafunguwe kugira ngo hakusanywe miliyoni 1,5 Frw yo kubafasha kujya mu kwezi kwa buki. Ubu rumaze gukusanyirizwaho arenga miliyoni 5 Frw; Onomo Hotel nayo yemeye kuzabaha icyumba bazararamo, Zoï Design nabo bemera kuzabaha imyambaro.

    Mukagakwerere yanenze abantu bagaragaje ko babagiriye impuhwe kugera n’aho batangira kubaha impano.

    Ati “Njye kugeza n’ubu sindumva ukuntu abantu bakuririje ibintu bakabiremereza nk’aho bari barabuze aho bahera ngo bibasire Polisi. Yego umukobwa wanjye yari yambaye ikanzu n’agatimba muri Stade, none bashakaga ko bigenda bite? Bashakaga ko bamubona yambaye ubusa?”

    “Wagira ngo bamwe bari bafitanye ibibazo na Polisi. Uburyo bahagurukiye ku kibazo cyacu bakanenga Polisi biraciriritse cyane. Nigeze no kumva bamwe bari gutanga n’ibyumba by’ubuntu abandi bakusanya inkunga yo guha abageni, ni inde wababwiye ko bari gushaka ubufasha cyangwa abaterankunga?.”

    Uwatanze amakuru kuri Polisi nawe yavuze

    Uwahamagaye Polisi kuva ubukwe bitangiye gutegurwa kugeza bubaye mu buryo buhonyora amabwiriza yo kwirinda Covid-19, we yavuze ko byari ngombwa ko akiza ubuzima bw’abantu bari bagiye guterana ari benshi.

    Ati “Natekereje ko ubuzima bw’abantu bugiye gushyirwa mu kaga maze mbimenyesha Polisi hakiri kare. Ibyo bari bagiye gukora ntabwo byari bikwiriye. Bamwe mu bantu bo mu miryango yakoze ubukwe ntibifuzaga kubukora. Bamwe bakomeje gutsemba birangira bakomeje gahunda y’ubukwe.”

    “Numvaga mfite inshingano zo gutuma ibyo bikorwa bihagarikwa, atari ukubera gusa ko bamwe mu bagize iyo miryango bashoboraga kwandura ahubwo kubera ko ibyo bari bagiye gukora ari ugutesha agaciro ingufu zose leta ishyira mu kurwanya Coronavirus.”

    Nyuma y’uko abageni bafashwe na Polisi ku itariki 5 Mata, bajyanywe muri Stade, abantu 56 bafashwe bacibwa amande y’ibihumbi 25 Frw buri umwe ndetse batanga n’andi ibihumbi 10 Frw yo kwipimisha Coronavirus, gusa ku bw’amahirwe bose basanzwe ari bazima.

    Ku munsi wakurikiyeho tariki 6 Mata, abageni bakomeje ibikorwa by’ubukwe basezeranira muri Paruwasi ya Mutagatifu Jean Bosco ku Kicukiro.

    Abafashwe na Polisi bose bararekuwe, uretse abagabo babiri aribo Justin Bisengimana nyiri Hotel Rainbow yagombaga kuberamo ubukwe, nyuma bukaza kubera iwe na muramu we Nsengimana Methode bafatanyije gutegura uwo mugambi wo gukora ubukwe.

    Nubwo Bisengimana na Nsengimana bari mu maboko ya Polisi kuva bafatwa, hari amakuru ko bashobora guhabwa imbabazi bagafungurwa kuri uyu wa Gatanu tariki 9 Mata batiriwe bajyanwa mu nkiko.

    Uyu mugeni ngo yambitswe agatimba mu kujijisha Polisi ku buryo yamugirira imbabazi

    Umukenyero usanzwe umenyerewe nk’umwambaro w’icyubahiro wambarwa mu birori, ababyeyi bari bawikinze mu maso

    Abari bitabiriye ubukwe bose bashyizwe muri stade nyuma yo kugaragara barenze ku mabwiriza yo kwirinda

    Izindi nkuru wasoma:

    - Inkuru y’urugendo rwagejeje ba bageni ku gushyirwa muri stade

    - Covid-19: Uburakari nyuma y’umugeni washyizwe muri stade; dukome urusyo n’ingasire