Tag: featured

  • Ukugoreka indimi kwa Amerika no kubusanya mu kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi n’iyakorewe Abayahudi –

    Ku wa 7 Mata ubwo u Rwanda rwatangiraga iminsi ijana yo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi wahuriranye n’uko hibukwaga iyakorewe Abayahudi, Ambasaderi wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu Muryango w’Abibumbye, Linda Thomas-Greenfield, yatanze ubutumwa bubiri usesenguye bugaragaza neza uko igihugu cye gifata u Rwanda.

    Ubutumwa bwihanganishaga u Rwanda muri ibi bihe, bwakurikiwe n’ubwo kwibuka inzirakarengane zazize Jenoside yakorewe Abayahudi. Bwo bwagiraga buti “Duhaye agaciro ubuzima bw’abagabo, abagore n’abana miliyoni esheshatu b’Abayahudi bishwe urw’agashinyaguro muri Jenoside yakorewe Abayahudi”.

    Ku Kwibuka27, Linda bwo yagize ati “Turibuka abantu barenga ibihumbi 800 bishwe mu minsi ijana y’iterabwoba ryabaye mu Rwanda mu 1994”. Mu butumwa bw’ibika bibiri bigizwe n’amagambo 97, nta hantu na hamwe uyu Ambasaderi wa Amerika yigeze avuga ko mu Rwanda habaye Jenoside yakorewe Abatutsi, ahubwo yabyise ko ari iterabwoba.

    Ni mu gihe ku mvugo ijyanye na Jenoside yakorewe Abayahudi, nta kugoreka imvugo kwabayeho ahubwo yakoresheje inyito yemejwe n’Umuryango w’Abibumbye ariko bigeze ku Rwanda yandika uko abyumva. Ni nka bimwe George Orwell yanditse mu gitabo cye “Animal Farm” ngo inyamaswa zose zirareshya, ariko zimwe zireshya kurusha izindi.

    Jenoside yakorewe Abayahudi ntikinishwa ariko byagera ku yakorewe Abatutsi hakaba impaka

    Kimwe mu bishyirwa imbere mu guharanira ko Jenoside itazongera kubaho, ni ukurwanya abayipfobya, abayita uko itari cyo kimwe n’abayiha igisobanuro gitandukanye n’uko yo iri. Ni byo byatumye, Umuryango w’Abibumbye wemeza ko habayeho Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse n’iyakorewe Abayahudi.

    Nubwo bimeze bityo ariko ibihugu bimwe byahejeje inguni ku bijyanye na Jenoside yakorewe Abatutsi, byanga kuyemera, biyiha andi mazina, ariko iyo bigeze kuri Jenoside yakorewe Abayahudi, ho hari umurongo bidashobora kurenga ibintu biteye ukwibaza impamvu y’uwo murongo uheza inguni.

    Kenshi abahakanyi ba Jenoside yakorewe Abatutsi n’abashaka kuyipfobya usanga bavuga ko hari ingabo zari zishinzwe kurinda amahoro, abanyamahanga n’Abahutu bishwe bityo ko ibyo bituma Jenoside ikwiye guhindurirwa inyito ikitwa ubwicanyi bwabereye mu Rwanda.

    Aha baba birengagije ko Intambara ya Kabiri y’Isi ari nayo yiciwemo Abayahudi miliyoni esheshatu, muri rusange yaguyemo abantu miliyoni 75. Ni ukuvuga ko yiciwemo abantu miliyoni 69 batari Abayahudi.

    Nubwo Abayahudi aribo bari bagenderewe mu mugambi w’Aba-Nazi wo kubarimbura, hari abandi bishwe ku mpamvu za Politiki n’iz’uruhu. Abo barimo ababana bahuje igitsina, abafite ubumuga, Aba-Roma bafite inkomoko mu Majyaruguru y’u Buhinde, abo mu bwoko bw’aba-Slavs, Abahamya ba Yehova n’abanyapolitiki batavugaga rumwe n’Aba-Nazi n’abandi bazize imyemerere yabo.

    Gusa nubwo aba batari Abayahudi bishwe, ntabwo babarwa nk’abazize Jenoside yakorewe Abayahudi kuko yo ubwayo isobanurwa nk’ubwicanyi bwakorewe Abayahudi bukozwe n’Aba-Nazi bashakaga kubarimbura ngo babamareho.

    Linda wari mu Rwanda mu 1994 kuki yahejeje inguni?

    Linda Thomas-Greenfield ni Ambasaderi wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu Muryango w’Abibumbye, umwanya yagiyeho mu ntangiriro z’uyu mwaka atangirana na manda ya Joe Biden. Mbere ku ngoma ya Barack Obama, yabaye Umunyamabanga wungirije wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ushinzwe Afurika ndetse icyo gihe yaje mu Rwanda asura n’Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ku Gisozi yunamira inzirakarengane zirushyinguyemo.

    Mu Ugushyingo 2018 ubwo yari ari gutanga ikiganiro muri Leta ya Virginia, yagarutse ku buzima bwe, kuva mu buto, anavuga uburyo yari agiye kwicirwa mu Rwanda muri Mata 1994 ubwo Interahamwe yari imwitiranyije n’Umututsikazi.

    Ati “Muri Mata 1994 nageze i Kigali mu Rwanda. Kandi ngira ngo mwibuka ko muri Mata 1994 mu Rwanda habaye Jenoside.”

    Linda yavuze ko icyo gihe umwe mu Nterahamwe yamubonye amwitiranya n’Umututsikazi ashaka kumwica. Ati “Nasatiriwe n’umusore muto wari wahawe amabwiriza yo kwica umugore witwa Agathe, yatekereje ko ari njye. Igitangaje ntabwo nigeze ngira umutima uhagaze, ntimunyumve nabi nari mfite ubwoba, ariko sinigeze ngira umutima uhagaze. Narebye uwo musore muto mu maso mubaza izina rye, hanyuma mubwira iryanjye. Nashakaga ko amenya izina ryanjye, kuko nashakaga ko nanyica asigara azi izina ry’umuntu yishe.”

    Nyuma yo kumenya ko atari Umunyarwandakazi, iyo Nterahamwe yaramuretse ntiyamwica.

    Kuba uyu mugore wari mu Rwanda mu 1994 akibonera uburyo Abatutsi bicwaga ariwe utinyuka kugoreka imvugo akanga gukoresha inyito nyayo ya Jenoside, ni ikimenyetso nyacyo cy’ukwinangira kwa Amerika iyo bigeze ku kwemera amateka y’u Rwanda.

    Thomas Greenfield ubwo yasuraga Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ku Gisozi akunamira inzirakarengane zirushyinguyemo

    Abanyarwanda bamubwije ukuri

    Abanyarwanda bakoresha Twitter banze guceceka maze bibutsa Linda ko mu Rwanda habaye Jenoside yakorewe Abatutsi yateguwe imyaka myinshi hagamijwe kubarimbura, bityo ko adakwiye kugoreka amateka n’imvugo.

    Uwitwa Christelle yagize ati “Mujye mwandika imvugo nyayo ni Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda muri Mata 1994! Agasuzuguro kanyu kararambiranye mukagabanye, murekere aho kudutobera amateka. Burya bwose byarutwa mugaceceka aho kwandika ubusa #Kwibuka27 #GenocideAgainstTutsi.”

    Uwitwa Nkotanyi Francis yagize ati “Ni Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Ubutaha niba udashobora kubyandika mu buryo bukwiriye, ntuzatinyuke kugerageza kohereza ubutumwa bwawe. Tuzi satani ukorera.”

    Umunyamategeko Gatete Ruhumuriza yagize ati “Guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi bigaragara ko ari politiki y’ubutegetsi bushya bwa Amerika… Dore umuyobozi mushya, mubi kurusha umutware we… Biteye Isoni.”

    Uwitwa Musoni Edwin yagize ati “Ambasaderi, warahigwaga muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Wanaje mu Rwanda kwibuka abazize Jenoside, ariko unaniwe kwibuka ko yari Jenoside yakorewe Abatutsi. Amateka azacira urubanza ibikorwa n’amagambo yacu.”

    Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Dr Vincent Biruta, ku wa 7 Mata 2021, ubwo hatangizwaga ibikorwa byo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi, yahaye gasopo abagoreka n’abakoresha nabi inyito ya Jenoside yakorewe Abatutsi.

    Dr Biruta yavuze ko koherereza u Rwanda ubutumwa burutoneka muri ibi bihe ntacyo byarumarira ndetse yongeyeho ati “Ku bakigorwa no gukoresha inyito nyayo ya Jenoside yakorewe Abatutsi, bo ibyiza ni uko batakwigora batwoherereza ubutumwa uyu munsi. Ntacyo bidutwaye.”

    Perezida Kagame ati “ni akumiro”

    Mu myaka 27 ishize, ntabwo u Rwanda rwigeze ruhirwa n’ingoma y’Aba-Démocrates muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Ni bo bayoboraga igihugu mu gihe habaga Jenoside, kuva icyo gihe baciye umurongo banga kwemera ko ibyabaye ari Jenoside yakorewe Abatutsi.

    Bill Clinton wayoboraga Amerika icyo gihe, yanze gukoresha ijambo Jenoside ngo yamagane ubwicanyi bwakorerwaga Abatutsi. Abamusimbuye bose na bo bagendeye ku murage we ku buryo n’imyanzuro yose ireba u Rwanda itorwa nko mu Muryango w’Abibumbye iki gihugu kiyamagana.

    Ubwo u Rwanda rwari mu Kanama ka Loni gashinzwe Amahoro, Amerika yayoborwaga na Obama nawe w’Umu- Démocrates, igihugu cye ni cyo cyari inyuma yo kurwanya inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi.

    Ku wa 23 Mutarama 2018 ni bwo Inteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye yafashe umwanzuro ko tariki 7 Mata hazajya hibukwa Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda yahitanye ubuzima bw’abasaga miliyoni mu minsi 100.

    Perezida Kagame aherutse kuvuga ko ikibazo cy’inyito ya Jenoside atari icy’ubu, kuko cyatangiye kera mu 1994, ibihugu bimwe binanirwa kwita ibyabaga mu Rwanda uko biri.

    Ati “Hari umuntu – ndakeka ari umunyamakuru – wabazaga ati: “Ese ibirimo kuba ni Jenoside?” Bakamusubiza bati oya, ko ahubwo ari ‘ibyaha bya Jenoside’. Hanyuma uwo munyamakuru arongera arabaza ati “Bisaba ibyaha bya Jenoside bingana bite kugira ngo byitwe ko ari Jenoside?” Ibyo murabyibuka? Biratangaje kuba tukiri mu mpaka nk’izo nyuma y’imyaka 27. Ni akumiro!”

    Umukuru w’Igihugu yavuze ko bisa n’aho gukoresha inyito ya Jenoside yakorewe Abatutsi kuri bamwe ari nk’igihembo baba bahaye Abanyarwanda, avuga ko ibyo u Rwanda rudashobora kubyemera.


  • Perezida Kagame yijeje ko u Rwanda rwiteguye gutanga umusanzu ngo Afurika ikore inkingo za Covid-19 –

    Umukuru w’Igihugu yabigarutseho kuri uyu wa Mbere, tariki ya 12 Mata 2021, mu nama yahuje abakuru b’ibihugu na za Guverinoma n’abayobora ibigo bitandukanye n’imiryango mpuzamahanga, yiga ku buryo Umugabane wa Afurika wakwikorera inkingo za Covid-19.

    Yari ifite insanganyamatsiko igira iti “Ikorwa ry’inkingo muri Afurika mu kurinda ubuzima”.

    Iyi nama yabaye hifashishijwe ikoranabuhanga, yateguwe n’Ubuyobozi bw’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU) ku bufatanye n’Ubuyobozi bw’Ikigo gishinzwe kugenzura no gukumira indwara muri Afurika (Africa CDC).

    Perezida Kagame yavuze ko muri gahunda ya Afurika yo kongera ishoramari mu rwego rw’ubuzima, ari ingenzi ko hashyirwaho uburyo bw’ubufatanye hagati ya Leta n’abikorera mu gukora inkingo ku Mugabane wa Afurika.

    Yagize ati “Gukora inkingo bijyana no kongera ishoramari mu rwego rw’ubuzima no kubaka ikigo gishinzwe kurwanya indwara z’ibyorezo gikomeye, gikora neza kandi kigenga, kandi nkeka ko ariho tugana. U Rwanda rwiteguye kubigiramo uruhare hamwe n’ibindi bihugu binyamuryango ndetse n’abafanyabikorwa.”

    Yakomeje avuga ko Afurika ikeneye kwagura ubushobozi bwo gukora inkingo n’ibindi bikoresho nkenerwa bya ngombwa mu buvuzi.

    Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda yavuze ko mu mezi ashize hari abantu bafite inganda zikora inkingo za Covid-19, yaganiriye na bo ndetse bamweretse ko hari ibishoboka Afurika yageraho.

    Ati “Twagiranye ibiganiro ndetse mbibwira bagenzi banjye ku mugabane wacu, ariko dushaka ko ibi biganiro bigera no ku bandi. Hari ikigo gifite ubushobozi bwa tekinike zisanzwe zikoreshwa na Moderna, Pfizer, kiriteguye kandi gifite n’ubushake. Nzabaha igisubizo mu gihe cya vuba, mumbabarire kuba ntarabikoze mbere y’uko tugirana ibi biganiro.”

    Perezida Kagame yavuze ko Afurika ifite ubu bushobozi bwo kwifashisha uburyo bukoreshwa n’izo nganda bikaba byuzuzanya n’ubundi buryo burimo Adenovirus bukoreshwa na Johnson& Johnson ndetse na AstraZeneca mu gutunganya inkingo.

    Yakomeje agira ati “Kandi rero kugira ngo Afurika ive mubyo kumva twibabariye twebwe ubwacu, ari nako bimeze muri iki gihe. Kandi ndatekereza ko nta muntu n’umwe ukwiye kubiryozwa. Tugomba kubiryozwa twese kandi tukava mu byo tuzi ko byiza kuri Afurika tukajya ku byo twe dushobora gukora.”

    Perezida Kagame yagaragaje isoko rusange rya Afurika nk’inzira izafasha mu kugira ngo iryo shomari rigerweho kandi ritange umusaruro wifuzwa, anaboneraho gusaba ibihugu bya Afurika kwemeza amasezerano ashyiraho Ikigo Nyafurika Gishinzwe Imiti cya AMA [The African Medicines Agency].

    Uretse Perezida Kagame, iyi nama yanitabiriwe n’abarimo Perezida Tshisekedi uyobora Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe muri iki gihe ndetse na Perezida wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa.

    Perezida Ramaphosa yavuze ko icyerekezo gikomeye cy’urwego rw’ubuvuzi muri Afurika ndetse n’ubushobozi bwo gukora inkingo mu gusubiza ibibazo by’abaturage ba Afurika bigoye ariko bishoboka mu gihe habayeho ubufatanye.

    Perezida Kagame yavuze ko u Rwanda rwiteguye gutanga umusanzu warwo mu kugira ngo Afurika ikore inkingo za Covid-19

    Perezida Kagame yasabye ibihugu bya Afurika kwihutisha gahunda y’iyemezwa ry’amasezerano ashyiraho Ikigo Nyafurika gishinzwe Imiti

    Perezida Tshisekedi uyobora Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe na we yitabiriye iyi nama

    Perezida wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa, yasabye ubufatanye mu kubaka urwego rw’ubuvuzi rukomeye muri Afurika

    Amafoto: Village Urugwiro


  • Rulindo: 4 barimo abayobozi bo kwa muganga bakurikiranyweho kuzuza amafishi y’abarwayi batavuwe –

    Abakurikiranywe barimo Uwera Judith uyobora Ikigo Nderabuzima cya Kisaro, Uzamushaka Béatrice ushinzwe Icungamutungo n’umuforomo muri iki kigo, Bahati Adolphe. Biyongeraho Kabana Samson ukorera mu Ivuriro rya Kamushenyi Health Post muri Rulindo.

    Icyaha aba bose bakurikiranyweho bikekwa ko bagikoze mu mwaka ushize.

    IGIHE yamenye ko aba bantu bakurikiranywe bikekwa ko hari amafishi y’abarwayi yujujwe ku bantu batigeze bivuriza muri ibyo bigo nderabuzima n’ivuriro.

    Umuvugizi w’Umusigire wa RIB, Dr Murangira B. Thierry, yabwiye IGIHE ko aba bayobozi bari gukurikiranwa.

    Yagize ati “Bari gukurikiranwa ngo hamenyekane uruhare bagize mu gukoresha impapuro zitavugisha ukuri. Aba bantu bari gukurikiranwa badafunze.’’

    Abaregwa baramutse bahamijwe icyaha bakurikiranyweho bahanishwa ingingo ya 276 iteganya ko umuntu wese, ku bw’uburiganya, wandika, wandikisha ibintu bidahuye n’ukuri cyangwa ukora imenyekanisha ritari ryo afatwa nk’uwakoze icyaha cyo gukora ibihimbano.

    Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka itanu ariko kitarenze imyaka irindwi n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni 3 Frw ariko atarenga miliyoni 5 Frw cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.


  • Yiciwe ababyeyi mu maso ye, arara mu giti yihisha Interahamwe- Ubuhamya bwa Dr Mbarushimana uyobora REB –

    Nk’ahandi hose mu gihugu mu 1994 hagati ya Mata na Nyakanga, Abatutsi barimo kwicwa bazira uko bavutse, muri Perefegitura ya Gisenyi n’aho ni ko byari bimeze kuko bahigwaga bukware.

    Dr Mbarushimana Nelson yavuze ko icyo gihe bari umuryango udafite icyo ukennye dore ko se umubyara yari umwarimu ariko akaba n’umucuruzi uzi kwiyitaho.

    Mu gihe cya Jenoside Dr Mbarushimana n’umuryango we baje guhigwa, bahereye kuri se bamwica kandi icyo gihe yabirebeshaga amaso ye. Baje kujya kwihisha n’uko nyina wari ufite n’umwana ukiri muto ahungira muri yorodani ku rusengero rw’Abadiventisiti b’Umunsi wa Karindwi dore ko ari naho basengeraga.

    Igiteye agahinda kuri bamwe mu bakozi b’Imana bijanditse muri Jenoside ni uko uwari Pasiteri we ari we watungiye agatoki interahamwe aho yihishe.

    Dr Mbarushimana yakomeje ati “Ng’uwo aho yihishe nimumwice n’ubundi Abatutsi Imana yamaze kubatanga.”

    Uko nyina na se bishwe yarabirebaga ibintu byatumye agira kwiheba gukomeye gusa kuko yasaga nk’aho ari mukuru yagerageje kwihisha mu giti, yakibayemo iminsi itatu akivanwamo n’inzara kuko yumvaga agiye kunogoka.

    Ati “Naraye mu giti iminsi itatu, nari mfite umukandara munini nari narahawe na data ni wo nizirikaga kugira ngo ntaza kugwa n’ijoro. Maze iminsi itatu nagiye nsa n’uwiyahura kuko numvaga n’ubundi inzara igiye kunyica. Icyo gihe nahungiye ku muryango w’inshuti twari twarahuye rimwe turi gukina umupira ariko nsangayo na mukuru wanjye baraduhisha.”

    Abahigaga Dr Mbarushimana n’umuryango we ntibatuje kuko bageze naho bihishe ariko uwo muryango uratsemba uvuga ko nta bahageze kandi ko ataribo bahisha abari guhigwa kandi bazi ko byaba ari ikibazo gikomeye.

    Ati “Uwo muryango waturyamyeho mu buryo bukomeye kuko twari turi mu nzu twihishe mu gisenge ariko twarabyumvaga kuko cyari igitero cy’abantu benshi bari gukubita imihoro hasi. Buriya n’ubwo hari abakoze Jenoside hari n’abandi bakoze ibikorwa by’ubutwari bagahisha abantu kandi babizi ko na bo bashobora kubigwamo.”

    Uwo munsi Imana yakinze akaboko igitero nticyinjira mu nzu ahari kiba cyarabatahuye n’abo bakicwa.

    Ku mugoroba uwo muryango wabonye ko babatahuye bigira inama yo kubafasha bakajya muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo dore ko baturanye n’Umujyi wa Goma.

    Urugendo rwo kwerekeza muri congo rwagenze neza nubwo ntawe bari basanze mu gihugu cy’amahanga.

    Bashaririwe n’ubuzima muri icyo gihugu kuko ntacyo gukora bari bafite mbese babayeho mu buzima bugoye cyane gusa kuko Imana yari itarabakuraho amaboko bagarutse ari bazima.

    -  Ubuzima bw’ubupfubyi bwamwigishije kwishakamo ibisubizo

    Ubwo bagarukaga mu gihugu nyuma y’uko Inkotanyi zihagaritse Jenoside bagowe n’ubuzima gusa yaje kugira amahirwe akomeza kwiga ku nkunga y’Ikigega cya Leta gifasha abacitse ku Icumu batishoboye (FARG).

    Asoje amashuri yisumbuye nta kazi arabona ni bwo yatangiye gushakisha icyo yakora aza kubona ako kurara izamu kandi ntiyagasuzuguye.

    Ati “Njyewe nabayeho umuzamu kandi byaramfashije cyane kuko nakoraga nijoro, ibi nibyo njya mbwira abanyeshuri iyo ndi kubigisha, nta mpamvu n’imwe yo kugaya icyo ugiye gukora. Aho nahavuye ngiye gukomeza amashuri muri Kaminuza ariko nkomeza kwigira kuko natwaraga imodoka ya Kaminuza.”

    Muri uru rugamba rwo kwiyubaka asanga abarokotse bakwiye kubyaza ishavu bagize imbaraga zo gukora cyane no kwishakamo ibisubizo.

    Ati “No muri ibi bihe twibuka hari ukwigira, icyizere kirahari kuko na Leta iradushyigikiye nta guheranwa n’agahinda. Umuntu ku giti cye akwiye kugira icyo yifuza kugeraho mu gihe kirambye. Birakwiye ko umuntu agira igenamigambi rirambye nko kuvuga ngo mu myaka itanu nzaba maze kugera aha ngaha, kuko byaramfashishe.”

    Dr Mbarushimana Nelson w’imyaka 45 asaba Abanyarwanda bose kudaheranwa n’agahinda n’ubwigunge ahubwo bagaharanira icyabateza imbere kuko ari cyo gifite agaciro.

    Dr Mbarushimana yavuze ko yiciwe ababyeyi abireba, akanarara mu giti iminsi itatu yihishe

  • Muhanga: Abagizi ba nabi bataramenyekana batemaguye insina z’uwarokotse Jenoside –

    Aya makuru yamenyekanye mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 12 Mata 2021, nyuma y’aho Nsabimana agiye mu murima we agasanga insina zose bazitemaguye.

    Amakuru aturuka mu Murenge wa Nyamabuye avuga ko izi nsina zatemwe zari mu Murima w’aho sekuru wa Nsabimana yari atuye.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyamabuye, Gakwerere Eraste, yemereye IGIHE iby’aya makuru, avuga ko iperereza ryatangiye kugira ngo hamenyekane abagize uruhare mu gutema izi nsina.

    Yagize ati “Ni byo koko ni ko byagenze, amakuru twayamenye muri iki gitondo nyuma y’uko umuturage wacu warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi yari agiye ku isambu mu itongo ry’aho sekuru yari atuye bisanzwe nyine, yagezeyo asanga insina batemyemo izigera ku munani bazishyize hasi. Yahise abitumenyesha dutangira gushakisha ababigizemo uruhare dufatanyije n’inzego zibishinzwe.’’

    Yavuze ko hakiri gukusanywa amakuru ndetse bizeye ko uwatemye izo nsina aza kumenyekana.

    Yakomeje agira ati “Icyo navuga rero nubwo byagenze gutyo nta gikuba cyacitse kuko abarokotse mu Murenge wa Nyamabuye bameze neza, umutekano wabo ucunzwe neza. Ni abaturage biteje imbere n’ugize ikibazo akaba yafashwa kugira ngo gikemuke nk’uko abandi bafashwa bigizwemo uruhare n’ubuyobozi.”

    Nyuma yo gutemerwa insina, ubuyobozi bw’inzego z’ibanze bwagiye guhumuriza uyu muturage no kumubwira ko nta gikuba cyacitse.

    Gakwerere yavuze ko ibyakozwe bigaragaza ko hari abagifite ingengabitekerezo ya Jenoside ariko bagomba hagomba kubaho imikoranire y’inzego kugira ngo batahure abagize uruhare muri iki gikorwa cy’ubunyamaswa.

    Abagizi ba nabi bataramenyekana batemaguye insina z’uwarokotse Jenoside mu Karere ka Muhanga

  • Abari barasabye akazi mu burezi bagaheba bashyizwe ku rutonde rw’abazagahabwa –

    Urutonde rwashyizwe ahagaragara ruriho abantu basabye akazi mu burezi bagatsinda ibizamini bamwe bagashyirwa ku ntonde zo gutegereza ariko bikarangira badashyizwe mu myanya REB aho ivuga ko bazashyirwa mu kazi uko imyanya izagenda iboneka.

    Mu minsi ishize humvikanye inkuru za bamwe mu basabye akazi ko kwigisha mu mashuri y’ibyiciro bitandukanye babogoza ko bashyizwe ku rutonde rwo gutegereza amaso agahera mu kirere, nyamara abasabye akazi nyuma baragahawe.

    Hari n’abataratinyaga kuvuga ko barenganyijwe cyane ko babaga barujije ibisabwa n’ibizamini barabitsinze bagatungurwa n’uko ababikoze nyuma bashyirwa mu kazi harimo n’abo barusha amanota.

    Ibi byagaragaje icyuho gikomeye mu mitangire y’akazi muri uru rwego aho bamwe barushinjaga kwimakaza ruswa.

    Kuri iki cyumweru tariki ya 11 Mata 2021 nibwo REB yashyize ahagaragara urutonde rw’abasabye akazi ko kwigisha mu myaka yashize ntibagahabwe ivuga ko bagiye kukabona.

    Mu kiganiro yagiranye na IGIHE, Umuyobozi w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Uburezi bw’Ibanze, Dr Mbarushimana Nelson, yavuze ko abantu bashyizwe ku rutonde ari abagiye bamenyeshwa ko bemerewe akazi ariko bagomba gutegereza [waiting list] bikarangira batagahawe.

    Yagize ati “Hari abantu bari barasabye akazi mu myaka itandukanye bagashyirwa no ku rutonde ariko ntibagahabwe, nibo bagiye gushyirwa mu myanya kandi urutonde rwabo rwamaze kugera ku rubuga rwa REB twifuza ko abasabye bose bireba ko bariho n’amakuru bari batanze ko yuzuye.”

    Yakomeje agira ati “Amakuru twari tuyafite muri ikoranabuhanga ryacu kandi abari bujuje ibisabwa bose twabahaye amahirwe ndetse ni nabo bazaherwaho mu gutanga akazi muri iki cyiciro.”

    Uyu muyobozi yavuze ko umuntu wese waba warasabye akazi mu burezi ntagahabwe kandi yari yujuje ibisabwa utazisanga kuri urwo rutonde hari abakozi REB igiye kohereza muri buri karere kugira ngo bakurikirane ibyo bibazo byose mu gihe kitarenze iminsi itatu bizabe byarangiye burundu.

    Dr Mbarushimana yemeye ko habayemo amakosa mu mitangire y’akazi mu bihe byabanje ariko ko atazongera kubamo bitewe n’amavugurura yabayeho arimo no gukoresha ikoranabuhanga.

    Ati “Mu byagiye bigorana harimo no kudakoresha ikoranabuhanga, ugasanga hari umuntu wasabye mu turere dutandukanye kandi hose akemererwa umwanya bigatuma hari ugatakaza. Ibyo byarakemutse kuko ubutaha tuzajya dukoresha ikoranabuhanga ku buryo nta muntu ushobora guhabwa akazi mu turere dutandukanye.”

    “Ikindi ni uko abayobozi b’ibigo bazajya bifashisha urwo rubuga bagatanga amakuru ku byuho bihari tukamenya imyanya ikenewe hakiri kare kugira ngo ibashe gushyirwamo abakozi. Tuzanashyiraho uburyo buhoraho bwo gutanga akazi, ni ukuvuga inshuro runaka zizwi ku mwaka kandi mu buryo buhoraho”

    Uretse uru rutonde rw’abari barasabye akazi ntibagahabwe rwashyizwe ahagaragara, REB yahise isohora n’itangazo ry’akazi ku myanya 1475.

    Dr Mbarushimana yavuze ko ibikorwa byo gusaba akazi kuri iyo myanya bikwiye gukorwa vuba mu turere kugira ngo abanyeshuri bazasubire kwiga n’abarimu barabonetse.


  • Kigali: Abacitse ku icumu batujwe mu Mudugudu wa Kiberinka babangamiwe n’ubukode bw’ ubutaka bakwa –

    Aba baturage batujwe muri uyu mudugudu nyuma yo kurokoka Jenoside ariko bakisanga ntaho bafite ho gutura kuko ibyabo byari byarangijwe, kimwe n’abandi barokotse batishoboye barubakiwe mu kunganirwa.

    Ibi barabyishimiye cyane kuba bongeye kugira aho baba, gusa bamwe mu baganiriye na Radio 1 bayibwiye ko babangamiwe no kwakwa ubukode bw’ubutaka bwaho bubakiwe kandi batishoboye.

    Umwe muri bo yavuze ko nubwo batujwe muri uyu mudugudu ariko bose badahuje ubushobozi, ku buryo hari abacungira amaramuko ku nkunga y’ingoboka bahabwa bikaba byagorana kuyishyuramo ubukode bw’ubutaka.

    Ati “Turabizi ko gusora byubaka igihugu ariko ntako tumeze kuko dutunzwe n’amafaranga y’ingoboka bamwe muri twe, ubuse wanayasoramo, abafite ubushobozi basore natwe nitububona tuzasora.”

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyamirambo, Kimenyi Burakari, yavuze ko iki kibazo cyabagezeho ariko bari gukora ubuvugizi ku rwego rw’akarere.

    Ati “Umurenge si wo uvuga ngo turagusoneye, ariko twatangiye gushaka uburyo dukora ubuvugizi bwabo cyane ko twashyizeho itsinda rigenda risura urugo ku rugo bareba izidafite ubushobozi.”

    “Ingo zizagaragara ko nta bushobozi zifite zizashyikirizwa akarere njyanama izikorere isuzumwa babe basonerwa mu gihe bigaragara ko nta bushobozi zifite, urumva ko turi gukora ubuvugizi.”

    Umudugu wa Kiberinka watujwemo imiryango 136 y’abarokotse Jenoside batishoboye, muri yo 21 nibo bamaze kugaragariza umurenge ko badafite ubushobozi bwo kwishyura imisoro.


  • Mu cyumweru kimwe, u Rwanda rwohereje mu mahanga ikawa ifite agaciro ka miliyoni 197 Frw –

    Imibare yatangajwe na NAEB kuri uyu wa Mbere tariki 12 Mata 2021, igaragaza ko mu Cyumweru gishize nibura ikawa ingana n’ibiro 115.200 ariyo yoherejwe mu mahanga ifite agaciro ka 198.720$.

    Ku rundi ruhande ariko ubuyobozi bw’iki kigo butangaza ko habayeho igabanyuka ku bijyanye n’agaciro k’ikawa yoherezwa mu mahanga kuko mu cyumweru cyabanje ikilo cy’ikawa cyaguraga amadolari 3.64 [US$3.64/Kg], mu gihe muri iki kirangiye yageze kuri US$1.7/Kg.

    Itangazo rya NAEB rikomeza rivuga ko ahantu ikawa yoherejwe cyane ari mu bihugu bya Afurika y’Epfo, U Buholandi na Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

    Igiciro cy’ikawa yoherezwa mu mahanga cyaragabanutse

  • Rwamagana: Amayobera ku murambo w’umujyanama w’ubuzima wasanzwe mu Kiyaga cya Muhazi –

    Uyu murambo wasanzwe ureremba hejuru y’amazi mu mpera z’icyumweru gishize mu Mudugudu w’Ikindi mu Kagari ka Nyarubuye mu Murenge wa Munyiginya.

    Umunyambanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Munyiginya, Niyomwungeri Richard, yabwiye IGIHE ko uwo mugore uri mu myaka 50 kuwa Kane yiriwe iwe mu rugo aganira n’abaturanyi, bigeze ku mugoroba ngo yatangiye gukubura mu rugo umwana we w’umuhungu ufite imyaka 16 arinda ajya kuryama nyina akiri mu mirimo yo mu rugo.

    Uyu mwana ngo yabasobanuriye ko bigeze mu rukerera yabyutse akajya mu bwiherero hanze ageze ku rugi rufungura mu gikari asanga hararangaye, ngo yahise akomeza ajya hanze avuyeyo akatira mu cyumba cya nyina ngo arebe niba arimo asanga ntawuhari ndetse n’ibyangombwa bye yakabaye yitwaza wenda agiye kuvura umuntu bigihari.

    Ngo bigeze mu saa tanu z’amanywa, uyu mwana yagiye kubaza umuyobozi w’Umudugudu niba yaba azi aho nyina aherereye ni ko gutangira kumushakisha bigeze ku mugoroba baza gusanga umurambo we ureremba hejuru y’amazi mu kiyaga cya Muhazi.

    Kabera Miriam ushinzwe guhuza ibikorwa by’abajyanama b’ubuzima ku Kigo Nderabuzima cya Munyiginya akaba n’inshuti ya nyakwigendera, yabwiye IGIHE ko uyu mugore yari umujyanama w’ubuzima ukurikiza gahunda zose neza nk’uko babisabwa.

    Yavuze ko nta bantu bazi bari bafitanye ikibazo ku buryo bumva bamwishe agasaba leta gukora ibishoboka byose hakamenyekana icyamwishe.

    Ati “ Uko namubonaga yabanaga n’abandi neza, yari umuntu w’inyangamugayo ubana n’abantu bose amahoro, icyo dusaba ni ukugira ngo bakurikirane barebe ikintu cyamwishe kuko nka 90% turumva yarishwe atariyahuye, kuko bamusanze ahambiriye mu ijosi kandi ngo yanazanye amaraso mu mazuru.”

    Kabera yavuze ko iyo aba yiyahuye umurambo utari guhita uzamuka hejuru ngo urerembe hejuru y’amazi agasaba ko hakorwa iperereza hakamenyekana icyamwishe.

    Gitifu Niyomwungeri yavuze ko umurambo wa nyakwigendera wajyanywe gukorerwa isuzumwa ku Kacyiru ngo hamenyekane icyamwishe, kandi ko RIB yatangiye iperereza.


  • Umukoro ku bakoresha imbuga nkoranyambaga mu guhangana n’abagaragaza ingengabitekerezo ya Jenoside –

    Twitter, Facebook, Instagram na Youtube biza ku isonga mu mbuga nkoranyambaga zifashishwa n’abantu benshi bapfobya bakanahakana Jenoside yakorewe Abatutsi, aho bamwe badatinya no kwandika cyangwa kuvuga amagambo abiba amacakubiri mu banyarwanda babizi neza ko ibyo bavuga atari ukuri.

    Bitewe n’uko muri iki gihe abantu benshi basigaye bafite telefone ngendanwa zigezweho, biroroshye ko umuntu ashobora kwandika ikintu kikabonwa na benshi mu gihe gito.

    Iyo urebye abandika amagambo cyangwa inkuru zigoreka amateka y’ibyabaye, ukagererenya n’ababanyomoza ku mbuga nkoranyambaga zisigaye zihatse Isi muri iki gihe, usanga abatinyuka kugaragaza ukuri kw’ibyabaye bagahangana n’abahakana jenoside ari bo bake.

    Umukuru w’Igihugu, Paul Kagame, yabigarutseho tariki 7 Mata 2021 ubwo yatangizaga icyumweru cy’icyunamo, agira ati “Niba abahakana amateka, ibyabaye, bitabatera isoni njye, wowe, twagirira iki ubwoba bwo guhangana nabo?”

    Mu kiganiro IGIHE yagiranye na bamwe mu bakoresha imbugankoranyambaga, bagarutse ku mpamvu zituma hari abapfobya jenoside n’impamvu benshi batinya guhangana nabo.

    Karangwa Sewase ukoresha cyane urubuga rwa Twitter, akaba umwe mu batinyuka guhangana n’abagaragaza ingengabitekerezo ya jenoside ku mbuga nkoranyambaga, yavuze ko abayipfobya ari abayikoze bafite ubwoba n’ikimwaro cy’ibyo bakoze, bagahitamo kuyipfobya nk’intwaro yo kugira ngo badakurikiranwaho ibyaha cyangwa se ngo bayobye abantu, bagoreke ukuri guhari.

    Yakomeje agira ati “Umubare munini w’abayihakana ni abatagira umutima wa kimuntu baba bagikoresha icyenewabo, kigatuma bamwe bakomeza muri uwo murongo wo guhakana jenoside no kuyipfobya kugira ngo barengere abo bene wabo, icya kabiri hari n’abo bayikoze bashaka ko ititwa jenoside kugira ngo badakurikiranwaho icyo cyaha.”

    Uwitwa Havugimana Uwera Francine nawe ukoresha imbuga nkoranyambaga yavuze ko imwe mu ntwaro abapfobya jenoside bakoresha ari ukuyitirira uwayihagaritse kandi ko bitewe n’uburyo imbuga nkoranyambaga ziteye bashobora gusakaza ibinyoma bikagera kuri benshi mu munota umwe.

    Ati “Iyo umuntu yanditse aba abwira abamukurikira ku mbuga nkoranyambaga, ariko abo bamukurikira na bo bafite bafite abandi babakurikira, bivuga ngo umuntu ashobora kwandika inkuru ku mbuga nkoranyambaga bikagera ku mbaga irenga na miliyoni mu isegonda imwe. Harimo urubyiruko rutari rwakavuka icyo gihe biba harimo n’abanyamahanga bakurikiye ibyo uwo muntu avuga.”

    Uwera yakomeje avuga ko iyo hatagize uvuguruza ibyo abo bantu bavuga cyangwa banditse, hari abagira ngo ibyo bavuga ni ukuri bitewe n’amakuru make bafite, kubera ko rimwe na rimwe byandikwa n’abahanga baba bashatse ibinyoma bishyigikira ibyo byanditse.

    Asaba urubyiruko kuba maso rugasoma amateka, rukamenya ukuri rugahagurukira kurwanya abo bapfobya ku mbuga nkoranyambaga kubera ko ari bo benshi bazikoresha ndetse banazisobanukiwe cyane.

    Gusubiza abapfobya jenoside ni uruhare rwa buri munyarwanda

    Karangwa yavuze ko abakoresha imbuga nkoranyambaga kimwe na buri munyarwanda wese agomba kugira uruhare mu gusubiza abapfobya jenoside, ntacyo atinya, cyangwa ngo yigire ntibindeba.

    Ati “Hari abantu kuri Twitter cyangwa kuri Facebook basoma ibyo abandi bandika ariko bo ntibabe babasubiza kandi bazi ukuri, kubera ko bafite isoni, cyangwa bavuga ngo batamvugaho, batantuka, batekereza ngo ese runaka yabibona gute. Hari n’ababyanga kubera kurinda inyungu zabo mu kazi bakora, akaba azi ukuri ariko akavuga ati nimvuga ukuri ba databuja baramfata gute.”

    “Kutabikora ngo usubize abantu, ubabwire ukuri kandi uzi ko ari ukuri ni ikosa. Abantu bakwiriye kwanga ko ikinyoma cyimikwa.”

    Yakomeje avuga ko abantu badakwiye kwibagirwa aho u Rwanda rwavuye, ngo bibagirwe amateka yarwo, aho abantu bubatse ikinyoma kikageza igihugu kuri jenoside yahitanye Abatutsi barenga miliyoni.

    Agira inama abantu agira ati “Uruhare rwacu ndetse n’urwa buri munyarwanda niyo yaba udakoresha imbugankoranyambaga, ni uko uburyo bwose buhari ari ugusubiza ndetse tukagaragaza ukuri guhari ko jenoside yateguwe imyaka myinshi igashyirwa mu bikorwa mu 1994.”

    Umukozi ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ku Gisozi, akaba umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga, Dieudonné Nagiriwubuntu, yavuze ko iyo abantu bacecetse ukuri, ikinyoma kiganza.

    Ati “Umuntu ukoresha imbuga nkoranyambaga wese akwiye kumenya amakuru, amateka y’ukuri kuri Jenoside yakorewe Abatutsi agahangana n’abayipfobya akoresheje ukuri. Hari igihe umuntu aba azi amateka agahitamo kuyaceceka. Icyo gihe ijwi ryabatanga ibinyoma riruta ijwi ry’abavuga ukuri.”

    Itegeko ryerekeranye n’icyaha cy’ingengabitekerezo ya Jenoside n’ibyaha ifitanye isano na yo, risobanura ko umuntu ukoze icyaha cyo guhakana jenoside, ari ukorera mu ruhame igikorwa kigamije kuvuga cyangwa kugaragaza ko Jenoside atari Jenoside, kugoreka ukuri kuri Jenoside agamije kuyobya rubanda, kwemeza ko mu Rwanda habaye Jenoside ebyiri, kuvuga cyangwa kugaragaza ko Jenoside itateguwe.

    Rikomeza rivuga ko umuntu ukoze icyaha cyo gupfobya ari umuntu wese ugaragariza mu ruhame kandi ku bushake agamije kugabanya uburemere cyangwa ingaruka za Jenoside; koroshya uburyo Jenoside yakozwemo cyangwa kugaragaza imibare itariyo y’abazize Jenoside.

    Iyo umuntu abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igihano cy’igifungo kitari munsi y’imyaka itanu ariko itarenze irindwi hakiyongeraho n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi 500.000 Frw ariko atarenze 1.000.000 Frw.