Tag: featured

  • Sobanukirwa ‘Rapid Transfer’ uburyo bwa Ecobank bufasha guhererekanya amafaranga mu bihugu birenga 30 –

    Mu myaka yo hambere ntibyari byoroshye ko umuntu uri muri Zimbabwe yoherereza uri i Rwanda amafaranga akamugeraho mu buryo bwihuse nk’umurabyo.

    Kuri ubu ibyafatwaga nk’inzozi zidashoboka byabaye impamo, kuko ushobora kwakira ndetse ukanohereza amafaranga mu bihugu bigera kuri 33 Ecobank ikorereramo muri Afurika.

    ’Rapid Transfer’ nibwo buryo bwonyine bugufasha kohereza ndetse no kwakira amafaranga, mu bihugu birimo u Rwanda, Uganda, u Burundi, Kenya, Tanzania, Guinea-Bissau, Sierra Leone, Liberia, Côte d’Ivoire, Burkina Faso, Ghana, Togo, Bénin, Niger, Nigeria, Cameroun, Chad, Guinée équatoriale na Sao Tomé-et-Principe.

    Hari kandi Gabon, Congo Brazzaville, Centrafrique, Sudani y’Epfo, RDC, Sénégal, Zambia, Malawi, Zimbabwe, Cape Vert, Guinea, Mali, Gambia na Mozambique.

    Ubwo buryo kandi bunafasha abagana Ecobank kubasha gukura cyangwa gushyira amafaranga kuri konti zabo ziri mu bindi bihugu, nk’igihe wenda utari mu gihugu waturutsemo.

    Ukeneye gukoresha iyi serivisi uyibona ku mashami yose ya Ecobank mu gihugu ndetse ku ba-agent ba Ecobank Xpress point. Icyiza cyayo ntisaba kuba ufite konti muri Ecobank.

    Utiriwe ujya ku mashami kandi ushobora kuyikoresha mu buryo bw’ikoranabuhanga, aho wakoresha telefoni igezweho binyuze kuri porogaramu ya Ecobank yitwa ‘Ecobank Mobile App’ iboneka kuri Play Store ku za Android na App store ku za Apple.

    Rapid Transfer kandi ishobora gukoreshwa n’abafite mudasobwa banyuze kuri murandasi, bagakoresha uburyo buzwi nka ‘Ecobank Online’.

    Akarusho kuri Rapid Transfer ni uko ari n’uburyo buhendutse ugereranyije n’ubundi busanzwe bukoreshwa mu kohereza no kwakira amafaranga, ndetse by’umwihariko, Rapid Transfer ifasha umuntu uyikoresha kwakira amafaranga yoherejwe mu gaciro k’ifaranga ry’igihugu arimo.

    Nk’urugero, niba umuntu ari mu Rwanda akohererezwa ama meticais (Ifaranga rikoreshwa muri Mozambique) n’umuntu uri muri Mozambique, uwohererejwe azayakira mu mafaranga y’u Rwanda. Mu gihe nawe ashaka kuyohereza uri muri Mozambique, azayakira ari ama meticais. Ni ibintu bifasha abakoresha Rapid Transfer kutirirwa bajya kuvunjisha igihe bamaze kwakira amafaranga.

    Rapid Transfer nibwo buryo bwo kohereza no kwakira amafaranga muri Afurika bwihuse, buhendutse kandi butekanye.

    Ecobank ni imwe muri banki zubatse izina ku rwego mpuzamahanga

  • Impaka ku mikorere y’abatangaza amakuru kuri YouTube –

    Impaka n’akangononwa ka benshi katurutse ku kuba Youtube muri iki gihe yarabaye inzira y’amaramuko, kuko abashyiraho ibiganiro, bibinjiriza agatubutse. Uko gushaka amafaranga, kwagiye gutuma benshi batana, bagakora inkuru z’ibihuha zatumye hari n’ababifungirwa.

    Ubwo hizihizwaga Umunsi Mpuzamahanga w’Ubwisanzure bw’Itangazamakuru ufite insanganyamatsiko igira iti ‘Amakuru nk’Umutungo Rusange Duhuriyeho’, kuri uyu wa Mbere tariki 3 Gicurasi 2021, hagarutswe ku bwisanzure bw’itangazamakuru, abarebwa nabwo, icyo bimaze kubugira ndetse n’uko bukoreshwa.

    Mu kiganiro cyatambutse kuri Televiziyo Rwanda, abakurikiranira hafi itangazamakuru mu Rwanda bagarutse ku itangazamakuru rigezweho by’umwihariko mu gihe cy’ikoranabuhanga rikomeje kwihuta cyane.

    Cyari cyatumiwemo Umunyamakuru akaba na Visi Perezida wa Komite y’Ishyirahamwe ry’Abanyamakuru mu Rwanda, Ayanone Solange; Umuyobozi w’Ishami rishinzwe itangazamakuru mu Kigo cy’Igihugu cy’Imiyoborere, RGB, Rushingabigwi Jean Bosco.

    Mu bandi bari batumiwe harimo Tuyishime Christian ushinzwe kugenzura ibitangazamakuru mu Rwego Ngenzuramikorere, RURA ndetse n’ Umuhuzabikorwa wa Pax Press, Albert Baudouin Twizeyimana n’abandi banyamakuru bagiye bakigiramo uruhare.

    Abantu bamwe bakomeje gushyira mu majwi imbuga nkoranyambaga nk’umwe mu mirongo inyuzwaho amakuru ariko ukaba unifashishwa mu izina ry’itangazamakuru.

    RURA ivuga ko kuba imbuga za YouTube zarabaye nyinshi kandi zikoreshwa mu buryo butandukanye burimo ubukurikiza amahame agenga itangazamakuru ndetse hakabamo n’abazikoresha bagamije kuyobya rubanda ari ikibazo gikomeye.

    Tuyishimire ati “Ziriya zirakora kandi ni umuyoboro uhari ahantu hose atari no mu Rwanda gusa ariko nibaza ko kuba umuntu abyutse akaba afite ikintu akakita TV cyangwa Radio ntabwo bivuze ko kibarwa nka cya kinyamakuru gikora cyangwa gitangaza inkuru mu buryo bwa Kinyamwuga.”

    Yakomeje agira ati “Kubera ko umuntu ashobora kwifata amajwi akayanyuza kuri WhatsApp mu kintu yise TV, icyo gihe ntabwo wavuga ko uwo muntu ari igitangazamakuru, rero ayo ni amahirwe ikoranabuhanga ryatanze ariko ntabwo umuntu azafata Channel ngo ayishyire kuri YouTube cyangwa ngo abe afite konti kuri Facebook, anyuzaho amavidewo ngo byitwe ko ari igitangazamakuru.”

    Ku rundi ruhande ariko abakoresha izo YouTube iyo bagiye gutara amakuru mu baturage bagenda bababwira ko bakorera ‘Televiziyo’ zikorera kuri YouTube. Ibintu bitera urujijo abaturage.

    Abakurikiranira itangazamakuru hafi bavuga ko kuba umuturage yabyuka mu gitondo akajya mu Mujyi kugura Camera na Micro akajya ku muhanda akabitunga abantu ababwira ko ari gutara amakuru ndetse n’ibyo baganiriye akabitangaza bitavuze ko uwo muntu ari umunyamakuru.

    Ayanone avuga ko abantu ku giti cyabo bashobora guhanahana amakuru kuko n’itegeko Nshinga ribisobanura neza ariko abo bantu badakwiye gufatwa nk’abanyamakuru kuko udashobora kugenda ngo ugure itaburiye nuyambara uhite uba umuganga.

    Ati “Ni gute umuturage ashobora kubyuka akavuga ngo njyewe ndi umunyamakuru? Ni nk’uko uyu munsi nambaye itaburiya ntavuga ngo ndi umuganga, ntabwo nabyuka ngo mvuge ngo nabaye umucamanza.”

    “Icyo nshaka kuvuga ni uko Abanyarwanda cyangwa abandi bakurikirana izo YouTube cyangwa aho zijya gusaba amakuru, niba umuntu aje kubasaba amakuru bakabanza kumubaza niba afite n’ikarita y’itangazamakuru. Abaturage nibamenye ko umuntu wese ufite camera, uje kumukorera ubuvugizi atari umunyamakuru.”

    Ayanone avuga ko kuba abakoresha izo mbuga za YouTube bashobora gukorera ubuvugizi cyangwa gutangaza inkuru zikagira ingaruka nziza ku bo bazikozeho, bitavuze ko abazikoze ari abanyamakuru ahubwo ari abaturage bagenzi babo.

    Twizeyimana uyobora Paxpress we avuga ko abakorera kuri YouTube atari abanyamakuru kuko abenshi baba batanditswe mu mashyirahamwe agenga abanyamakuru cyangwa ngo babe bafite n’ibyangombwa bitangwa n’ibitangazamakuru byemewe mu Rwanda.


  • Amajyepfo: Imirenge yashyizwe muri Guma mu Rugo irasaba kuyikurwamo –

    Tariki ya 6 Mata 2021 ni bwo Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC) yasohoye urutonde rw’imirenge yo muri tumwe mu turere tw’Intara y’Amajyepfo ijya muri Gahunda ya Guma mu rugo, guhera ku wa Gatatu tariki 7 Mata 2021.

    Iyo mirenge ni uwa Ruhashya na Rwaniro mu Karere ka Huye, Umurenge wa Gikonko, Kansi na Mamba mu Karere ka Gisagara n’uwa Ruramba mu Karere ka Nyaruguru.

    Ikindi abashyizwe muri guma mu rugo bagenderaho basaba kuvanwamo ni uko ibyumweru bitatu bari bahawe byamaze kurangira.

    Ibyumweru bitatu iyo mirenge yari yahawe yo kuguma mu rugo mu rwego rwo kwirinda ikwirakwizwa ry’icyorezo cya Covid 19 byarangiye tariki ya 28 Mata 2021.

    Karemera Anatole ati “Twebwe twategereje ko batuvana muri guma mu rugo ariko twarahebye, kandi ibyumweru bitatu baduhaye byararangiye. Icyifuzo ni uko badukura muri guma mu rugo kuko nta bantu benshi bakigaragara banduye inaha iwacu.”

    Bamwe mu bari barwaye Covid-19 bo mu mirenge imaze igihe muri guma mu rugo, bavuga ko bakoze ibishoboka byose bashyira mu ngiro amabwiriza yose kugira ngo birinde gukwirakwiza mu bandi Covid-19.

    Umwe ati “Nagumye mu cyumba cyanjye, umuryango wanjye wakomeje kunyitaho kandi twirinda guhura kugira ngo ntagira abo nanduza.”

    Icyifuzo bahurizaho bose ni ugusaba inzego zibishinzwe kubakura muri guma mu rugo, bakongera gusubira mu mirimo yabo kuko igihe bamaze badakora byabateye ubukene.

    By’umwihariko abakorera ubucuruzi mu isoko rya kijyambere rya Huye barasaba ko bakongera gukomorerwa bagacuruza.

    Muhire Innocent ucuruza imyenda ati “Bakwiye kutureka tukongera gucuruza kuko imibare ya Minisiteri y’Ubuzima imaze igihe yerekana ko nta bwandu bwinshi bukiri muri Huye. Badufashe badufungurire kuko ubukene butumereye nabi.”

    Ukuriye ishami rishinzwe kurwanya ibyorezo mu Kigo cy’Igihugu cy’Ubuzima, RBC, Dr Edson Rwagasore, yabwiye RBA ko mu bipimo bikomeje gufatwa mu bice by’Intara y’Amajyepfo, bigaragaza ko hari igabanuka ry’ubwandu bw’icyorezo cya Covid 19.

    Ibi ngo biratanga icyizere ko isaha n’isaha imirenge iri muri guma mu rugo yakurwamo.

    Ati “Ibipimo byafashwe byose nyuma y’iminsi 14 birimo kugenda bigaragaza y’uko nta murenge n’umwe uri hejuru ya 10% kuko imirenge yose iri munsi ya 3%; urumva rero ko biri kuduha icyizere ko n’imyanzuro izafatwa yabakura muri guma mu rugo.”

    Hashize iminsi mu Ntara y’Amajyepfo hafatwa ibipimo byibuze bigera kuri 50 muri buri kagari mu rwego rwo kureba agace kugarijwe kurusha ahandi. Kuva iyo gahunda yatangira hafashwe ibipimo bisaga ibihumbi 20.

    Umurenge wa Kansi muri Gisagara ni umwe mu yashyizwe muri Guma mu rugo

    [email protected]


  • Mu bitaro bya Kabgayi hongeye kuboneka imibiri 39 bikekwa ko ari iy’Abatutsi bishwe muri Jenoside –

    Iyi mibiri 39 yabonetse nyuma y’uko ku wa 2 Gicurasi 2021 hari habonetse indi 30. Nyuma y’uko iki gikorwa cyari cyasubitswe kuri uyu wa Mbere cyongeye gusubukurwa ari nabwo habonekaga iyi mibiri yindi.

    Mu bimenyetso byagaragaye muri iki gikorwa cyo gushakisha iyi mibiri harimo imfunguzo ndetse n’imyenda myinshi bikekwa ko ari iy’Abatutsi bari bahunganye n’abana babo kuko yari mito.

    Bamwe mu barokotse bakurikirana igikorwa cyo gushakisha iyi mibiri bavuze ko abari bafite amakuru y’uko aha hantu hari imibiri bakwiye kwigaya kuko bimwe mu bimenyetso bigaragaza ko ari abazize Jenoside.

    Umwe muri bo yagize ati “Abantu banze gutanga amakuru kandi bayafite bakwiye kwigaya kuko hari ibimyetso ntakuka bigaragaza ko aba bazize Jenoside kuko nta muntu uza kwa muganga azanye ingufuri mu mufuka cyangwa ngo apfe acigatiye umwana mu gituza kuko hari abo dusangana imyenda myinshi ndetse na bimwe bigaragaza ko bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi.”

    Uhagarariye Umuryango Ibuka mu Murenge wa Nyamabuye ari nawo uherereyemo ikibanza cyasanzwemo iyi mibiri, Issa Bayiringire Dany yavuze ko ntawukwiye guhakana ko iyi mibiri irimo kuboneka ari iy’Abatutsi bazize Jenoside.

    Yagize ati “Nta muntu ukwiye guhakana ko iyi mibiri irimo kuboneka ari iy’abacu bazize Jenoside kubera ko hari byinshi mu bimenyetso bisangwa ahavanwa iyi mibiri byerekana ko bishwe n’interahamwe, kuko hari n’aho usanga hari imibiri irenze umwe kandi igerekeranye imwe hejuru yindi.”

    Ibi Bayiringire abihuriyeho n’Umuyobozi wa Ibuka mu Karere ka Muhanga, Rudasingwa Jean Bosco wemeje ko hagendewe ku bigaragara iyi mibiri iri kuboneka ari iy’Abatutsi bishwe muri Jenoside.

    Ati “Hari bimwe mu bimenyetso bifatika byerekana ko iyi mibiri ari iy’abazize Jenoside kuko no mu buhamya bwagiye butangwa bwerekanaga ko hari ahari imibiri y’abishwe muri Jenoside ahubwo abafite amakuru aruseho bayaduhe dukomeze dushakishe”.

    Muri iki gikorwa cyo gushakisha imibiri y’abazize Jenoside hari inzego zitandukanye zirimo iza gisivili, iz’umutekano ndetse n’ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga.

    Kugeza ubu inzego z’ubuyobozi zihaye iminsi irindwi yo gukomeza gushakisha ko hari indi mibiri ikiri muri iki kibanza. Imibiri imaze kuboneka yose hamwe ni 69.

    Ku munsi wa kabiri hatangijwe ibikorwa byo gushakisha imibiri y’Abatutsi bishwe Jenoside mu Bitaro bya Kabgayi habonetse indi 39

    Iyi mibiri yabonetse mu Murenge wa Nyamabuye ahari gusizwa ikibanza cyo kubakamo inzu izajya itangirwamo serivisi z’ububyaza

    Mu bikorwa byo gushakisha iyi mibiri habonetsemo n’imyambaro

    Perezida wa Ibuka mu Karere ka Muhanga,Rudasingwa Jean Bosco yasabye abafite amakuru y’ahiciwe Abatutsi kuyatanga

  • Abanyamulenge bari kwicwa, gutwikirwa, gusenyerwa no gucucurwa utwabo, byafashe indi ntera; barazira iki? –

    Amakuru yemeza ko iby’ubu bwicanyi atari ibya vuba, kuko Abanyamulenge bahuriza ku kuba bwaratangiye muri Mata 2017, ariko bugahindura isura uko imyaka ishira kugera ejo bundi muri 2019, ubwo bwarushagaho kwaguka no gukara, bugakorwa mu buryo buteguye ndetse bukanahitana abantu benshi kurushaho, ari nacyo abenshi baheraho bemeza ko ubu bwicanyi ari ‘Jenoside’.

    Uburemere bw’iki kibazo bugaragarira mu mashusho n’amafoto amaze iminsi akwirakwizwa hirya no hino, aho byemezwa ko amwe yafatiwe mu gace ka Rurambo gaherereye muri Territoire ya Uvira iri mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

    Amwe muri ayo mashusho yerekana abantu benshi biruka impande zose, abandi bikoreye utuntu ku mutwe basa nk’abahunze, abandi bari mu kivunge cy’abantu benshi kimeze nk’inkambi, ndetse hari n’ayerekana umugabo wambaye ikoti wafashwe akaryamishwa hasi aboshye amaboko, hejuru ye ku ruhande rw’umutwe hahagaze umugabo ufite umuhoro mu kuboko kwe kw’iburyo uba ari kumukubita imigeri ndetse anamuhonda ubuhiri ku mutwe.

    Bivugwa ko mu cyumweru gishize, Abanyamulenge barenga 4 000 bahungiye mu gace kitwa Bwegere gasanzwe gatuyemo Abanyamulenge benshi, mu gihe inka zirenga 250 000 zajyanywe bunyago, ndetse ibikorwaremezo birimo amazu yo guturamo, amashuri n’amavuriro bigatwikwa, ku buryo nk’ibyaro by’ahitwa i Mulenge byatwitswe bigakongorwa ku kigero kiri hafi ya 80% by’agace kose.

    Ni iki kihishe inyuma yo kwiyongera k’ubwicanyi bukorerwa Abanyamulenge?

    N’ubwo ubwicanyi bukorerwa Abanyamulenge bwahozeho kuva muri 2017, bisa nk’aho mu mezi atandatu ashize bwafashe indi ntera, ku buryo byagaragaye rwose ko atari ibintu bisanzwe.

    Mu kiganiro na IGIHE, Dr. Murenzi (amazina twayahinduye) umwalimu muri Kaminuza imwe mu ziri mu Rwanda, ndetse akanagira ubumenyi buhagije ku bibazo by’Abanyamulenge, yavuze ko kimwe mu byateye ubu bwicanyi kwiyongera ari ubufatanye busigaye buranga amoko arimo Abafurero, Ababembe n’Abanyembe atavuga rumwe n’Abanyamulenge, bikiyongeraho uburyo bushya bwo kwica busigaye bukoreshwa, cyane cyane nko gutwika amazu.

    Mu busanzwe intambara hagati y’Abanyamulenge b’aborozi, n’Abafurero b’abahinzi zahozeho, akenshi ugasanga bapfa ko inka z’Abanyamulenge zangije imyaka y’Abafurero n’ibindi nk’ibyo, amoko agaturana atumvikana ariko atanahemukirana bikabije.

    Ibi kandi ni ko byari bimeze ku yandi moko akikije Abanyamulenge arimo Abanyembe n’Ababembe, ndetse mu bihe bitandukanye buri bwoko muri aya bwakunze kugirana amakimbirane n’Abanyamulenge nabo bazwiho kugira abasore b’indwanyi z’akataraboneka, gusa ugasanga izi ntambara zihuza Abanyamulenge n’ubundi bwoko bumwe, akenshi bikarangira bunatsinzwe.

    Itandukaniro ry’izo ntambara n’ubwicanyi buriho magingo aya ni uko ayo moko yose atagitera Abanyamulenge atatanye, kuko yamaze kwihuza ku buryo ibitero bagaba ku Banyamulenge biba bifite imbaraga, kandi ubona biteguye neza.

    Dr. Murenzi yavuze ko mbere iyo mitwe yarwanaga n’Abanyamulenge idafite intwaro ndetse n’abarwanyi bayo ugasanga badafite ubumenyi buhagije ku by’imirwanire, gusa ngo ibi byarahindutse kuko iyi mitwe isigaye ifite intwaro.

    Yagize ati “Impamvu ubwicanyi bwiyongereye n’uburyo bwo kwica bugahinduka, nkeka ko biterwa n’uko n’iyo mitwe yindi ifite ubundi buryo bw’imikorere butandukanye n’ubwo twari tuzi. Aba-Mai-Mai (umutwe udacana uwaka n’Abanyamulenge), babaga ari abantu batunze intwaro ariko batarize igisirikare, ariko iriya mitwe yindi irimo abantu bize igisirikare”.

    Yongeyeho ko uburyo bwo kwicwa busigaye bukoreshwa budasanzwe, kuko “Nk’Abafurero batigeze bagira umuco wo gukoresha uburyo bwo gutwika” mu ntambara zindi barwanyemo n’Abanyamulenge.

    Yagize ati “Ubu bafite uburyo bwo gutwika, ku buryo ubona ko bafite umugambi wo kurimbura, n’abarokotse bakabura aho batura bagahunga”.

    Ibice bituyemo Abanyamulenge biri gutwikwa muri Congo

    Abanyamulenge; icyitso cya ‘Balkanisation’?

    Kuva Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yabona ubwigenge mu myaka 60 ishize, abategetsi b’icyo gihugu bahorana urwikango rw’amahanga afite umugambi mubisha wo kwigarurira igice cy’Iburasirazuba bw’icyo gihugu, umugambi uzwi cyane nka ‘balkanisation’.

    Iki kinyoma cyaravomerewe kuva ku ntambara za Shikaramu na Mobutu muri za 1960, kirakomeza mu ntambara zakuye Perezida Laurent Kabila ku butegetsi ndetse gikaza umurego ubwo Joseph Kabila, mwene Laurent Kabila, yasimburaga se ku butegetsi ariko agashinjwa kuba Umunyarwanda ufite intego yo komeka ibice bya Congo ku butaka bw’u Rwanda.

    U Rwanda ni ingingo y’ingenzi cyane muri uyu mugambi wa balkanisation kuko ari rwo rushinjwa kuwutegura ndetse no kuzawushyira mu bikorwa, dore ko ari igihugu cyahoranye ibice binini byashyizwe ku ruhande rwa Congo mu gihe cyo kugabanya imipaka y’Umugabane wa Afurika, mu Nama ya Berlin yabaye hagati ya 1884 na 1885.

    Indi mpamvu ituma abenshi bakunze kugaruka ku Rwanda cyane kuri iyi ngingo ya balkanisation, ni uko mu bihe bya vuba u Rwanda rwohereje ingabo muri Congo mu bikorwa byo kurwanya imitwe y’iterabwoba nka FDLR, ku buryo hari abitiranyije ibyo bikorwa by’amahoro n’itegurwa ry’umugambi wa balkanisation, wamaganywe inshuro nyinshi na Leta y’u Rwanda yakunze kuvuga ko “Idashishikajwe no kwivanga muri politiki z’ibindi bihugu”.

    Ku rundi ruhande, ubwoko bw’Abanyamulenge, budahakana ko bufite inkomoko mu Rwanda, ndetse bukagira umuco n’ururimi bijya gusa nk’ibyo mu Rwanda, nabwo bushinjwa kuba ‘icyitso’ muri uwo mugambi wa balkanization, ndetse iyi ikaba imwe mu mpamvu bukunze kwitirirwa u Rwanda, bakanasabwa gutaha kuko ari abanyamahanga badafite uburenganzira muri Congo.

    Ibitekerezo nk’ibi si ibya rubanda gusa, kuko usanga bimaze imyaka myinshi bikongezwa na bamwe bavuga rikijyana muri Congo barimo abayobozi muri Kiliziya Gatolika ndetse n’abanyepolitiki nka Martin Fayulu bakoresha iki kinyoma mu nyungu zabo bwite.

    Dr. Murenzi yasobanuye ko abanyepolitiki bifuza gutsinda amatora mu Burasirazuba bwa Congo, bashobora kwifashisha iki kinyoma kimaze imyaka myinshi cyubakwa mu baturage, “Bagasaba ko batorwa kugira ngo bakumire ishyirwa mu bikorwa rya balkanization”.

    Kuri Fayulu bwo amata yabyaye amavuta, kuko uyu mugabo yubakiye iki kinyoma ku bushake bwa Perezida Félix Tshisekedi bwo kuzahura umubano mwiza n’ibihugu icyenda bituranye na Congo birimo n’u Rwanda, mu rwego rwo gushakira umuti ikibazo cy’intambara zimaze imyaka myinshi mu Burasirazuba bwa Congo.

    Dr. Murenzi yongeyeho ko Abanye-Congo benshi bemera icyo kinyoma kuko “Bizera cyane ibivuzwe n’abantu bo mu nzego zo hejuru nk’abapadiri ndetse n’abandi bayobozi bakomeye ariko bakomoka mu bwoko bumwe, ku buryo ibyo bavuze byose babifata nk’Ivanjiri”.

    U Rwanda rurasabwa umusanzu mu gufasha Abanyamulenge

    Mu bukangurambaga burimo ubwitwa ‘Save Mulenge’ buri gucicikana hirya no hino, bamwe mu bavuga ko ari Abanyamulenge basaba Leta y’u Rwanda kugira icyo ikora mu gakumira ubwicanyi buri kubakorerwa, “Bufite isura nk’iya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda”.

    Dr. Murenzi asanga iki cyifuzo gifite ishingiro kuko n’ubwo Abanyamurenge bafite umutwe witwa ‘Twirwaneho’ ugamije kubarindira umutekano, udafite ubushobozi bwo kurinda ibice byose barimo kuko “Ugizwe n’abasivile batagira intwaro zihambaye.”

    Ikindi kandi ni uko na Leta ya Perezida Tshisekedi, n’ubwo yamaze kugaragaza ubushake bwo gukemura ikibazo cy’Abanyamulenge binyuze mu kuboherereza intumwa inshuro nyinshi ndetse no kwirukana abasirikare bakuru babahotera, itaragira ubushobozi bw’ingabo zabasha kurinda umutekano mu gihugu hose.

    Ati “Igisirikare cya Congo kirimo kwiyubaka, usanga kitaragira ubushobozi bwo kurinda umutekano mu gihugu hose ari nayo mpamvu amoko menshi afite imitwe y’ingabo iyarinda kandi ubusanzwe umutekano w’abaturage wakabaye inshingano za Leta”.

    Justin (amazina twayahinduye), umunyamulenge twaganiriye ariko ntiyifuze ko amazina ye akoreshwa mu nkuru, ndetse akaba agifite imiryango ituye muri mu bice bya Minembwe na Milenge birimo kuberamo ubwicanyi, yavuze ko u Rwanda rukwiye gufata iya mbere mu gukumira ko hari ahandi hantu hakorerwa icyaha cya jenoside.

    Yagize ati “Mu bo turegera bose u Rwanda nirwo rukwiye kutwumva mbere y’abandi, kuko ni rwo ruzi ububi bwa Jenoside n’uko ishyirwa mu bikorwa kurusha abandi, kandi urebye uko tumerewe, ubona ko hari umugambi wo kutumaraho niba nta gikozwe, rero Leta y’u Rwanda tuyihanze amaso kuri iki kibazo”.

    Justin kandi yavuze ko n’ubwo Abanyamulenge ari Abanye-Congo bitewe n’uko bahavukiye, ariko bafite igisekuru mu Rwanda “Ari nayo mpamvu mu Rwanda tuhafata nko mu rugo kandi tuhafite abavandimwe benshi”.

    Ku bwa Dr. Murenzi, nawe yavuze ko u Rwanda rukwiye gukoresha imbaraga za dipolomasi rufite mu kuvuganira Abanyamurenge.

    Yagize ati “Hari uruhare u Rwanda rushobora kugira nko mu biganiro bya dipolomasi na Congo, ndetse no gukora ubuvugizi mu Muryango w’Abibumbye, ikibazo cy’abantu bicwa kigakemuka”.

    Ashingiye ku buryo u Rwanda rufite ingabo zirinda ubwicanyi mu bihugu birimo Sudan y’Epfo, Centrafrique n’ibindi bitandukanye, yavuze ko “U Rwanda rufite uburambe mu guhagarika ubwicanyi ahantu henshi, niba rero rubikora ahandi, abaturage baba bumva iyo nararibonye yakoreshwa u Rwanda rugakemura ikibazo hariya [ahari kubera ubwicanyi]”.

    Abanyamulenge basabye ko ubufasha bw’u Rwanda rusanzwe rutanga umusanzu mu gukumira ko hari indi jenoside yashyirwa mu bikorwa

    Agahinda ko kwicirwa mu maso y’Umuryango w’Abibumbye

    N’ubwo Abanyamulenge bari kwicwa muri Congo, Justin yavuze ko ikibatera agahinda kurusha ibindi ari uko “Turi kwicirwa mu maso y’Umuryango w’Abibumbye kuko hari aho ubwicanyi bubera mu birometero 10 uturutse aho ingabo z’Umuryango w’Abibumbye zishinzwe kugarura amahoro muri Congo (MONUSCO) zikambitse”.

    Yavuze ko ibi bisa neza n’uburyo Umuryango w’Abibumbye watereranye u Rwanda mu 1994.

    Ati “Ibaze ko bene wacu batwikirwa bari mu birometero bicye uvuye aho Monusco iherereye, biteye agahinda kubona umuntu wakadutabaye atagira icyo akora ku kibazo cyacu, kandi niko byanagenze Jenoside yakorewe Abatutsi itangira gushyirwa mu bikorwa”.

    Itsinda ryitwa ’Gakondo’ riharanira inyungu z’Abanyamulenge riherutse kwandikira Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, António Guterres, rimutabaza kucyo ryise “Umugambi wo kurimbura Abanyamulenge batuye mu misozi miremire yo mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo”.

    Mu bandi bari bagenewe kubona kopi y’iyo baruwa, harimo abayobozi b’ibihugu byose biri mu Karere ka Afurika y’Ibiyaga Bigari, ab’Imiryango y’Ubumwe bw’u Burayi na Afurika, ab’ibihugu bikomeye nka Joe Biden wa Amerika ndetse n’abandi batandukanye.

    Uretse iyi baruwa, ndetse n’ubukangurambaga bwa ‘Save Mulenge’, ku itariki ya 1 Gicurasi na bwo Abanyamulenge barateranye bifashishije ikoranabuhanga, mu bundi bukangurambaga bugamije kwerekana akababaro kabo binyuze kwigomwa ifunguro, bwari bwiswe ‘Skip a meal for Save Mulenge’.

    Abanyamulenge bababazwa no kwicirwa imbere ya Monusco yakabatabaye

    Perezida Tshisekedi afite ubushake bwo kubana n’ibihugu by’abaturanyi ndetse no gukemura ikibazo cy’Abanyamulenge

    Abanyamulenge barasa nk’abari mu nkambi, aho bahunganye utuntu tw’ibanze

  • Rumaga, umusore w’impano itangaje ukataje mu busizi –

    Umwumvise kuri radiyo cyangwa ahandi utamubonye wagira ngo ni umugabo w’igikwerere cyangwa undi ufite imyaka myinshi ugereranyije n’iyo afite. Ni umusore uganira asa nk’uvuga make ariko iyo mutindanye utangira kumva ubuhanga bwe bitewe n’amagambo yuje ubwenge ye.

    Iyo yivuga igihe yavukiye avuga ko yavutse ari ku wa 6 tariki 03 Nyakanga 1999. Ariko yajya kubara imyaka ye akongeraho n’amezi icyenda yamaze mu nda umubyeyi we amutwite! Avuka mu muryango w’abana batatu akaba ubuheta muri bo.

    Yabwiye IGIHE ko izina Rumaga yaryiswe na sekuru akiri muto yakwinjira mu busizi nk’umwuga rero agahitamo kuryubura, kuko mu buto bwe abenshi bari bamuzi nka Junior.

    Uyu musore yatangiye ubusizi akiri muto, ariko atangira kubwinjiramo ku mugaragaro ku wa 3 Kamena 2019.

    Ati “Nta kintu runaka nshingiraho mpimba, igikuru nitaho ni ukubahiriza indangagaciro na kirazira by’umuhanzi n’umunyarwanda muri rusange naho aho nkomora impano ni ku Mana. Maze guhimba ibisigo byinshi gusa ibiri hanze ni umunani. Guhanga igisigo ntabwo namenya nyir’izina igihe bimfata biterwa n’uko inganzo ije gusa kuko nitonda nkabanza nkanonosora igihangano cyanjye mbere yo kugisohora nibura nk’iminsi mirongo 42 mba nkinogeje.”

    Avuga ko umusizi afatiraho urugero harimo Bahati Innocent Mussa wamamaye nka Rubebe; mu batakiriho uwo afatiraho barimo Alex Kagame.

    Kuri we ngo ubusizi biragoranye ko bwatunga ababukora cyane ko bukorwa na bake mu Rwanda bigatuma abashaka kubushoramo imari bacika intege.

    Avuga ko hari igihe yigeze guhurira na Danny Vumbi kuri Radiyo Rwanda mu Kiganiro Amahumbezi, akamwihererana akamubwira ko ari umuhanga ariko ibintu akora bizamutunga akuze undi agahita agira umuhigo ukomeye wo kubibyaza umusaruro akiri muto.

    Ati “Nahuriye na Danny Vumbi mu kiganiro ‘Amahumbezi’ yumvise ubuhanga bwanjye arambwira ati ibi bintu urabizi uri umuhanga ariko bizagutunga. Yarananyeruriye ambwira ko yabikoze ariko akabona gutunga umuntu bigoye. Nanjye nahise niha intego ikomeye yo kubibyaza umusaruro no kubishyiramo imbaraga kandi biri kuza.”

    Iyo abajijwe aho akura amagambo akoresha akomeye ndetse niba hari umuntu ujya umufasha kwandika, yavuze ko ntawe. Ati “Oya nta muntu umfasha akenshi kereka nk’ikinyisobye mbaza abantu nkeka ko bakindusha ariko abo ushobora no gusanga batari mu banduta gusa.”

    Uyu musore yavukiye Umutakara na Nyamagana kwa Nangingare mu Ruhango. Nyuma umuryango uza kwimukira mu Marangara i Muhanga ari naho uyu munsi uba. Gusa uyu musore akaba aba i Kigali kubera impamvu zibyo akora.

    Amashuri abanza yayize mu Rwunge Rwisunze Mutagatifu Dominiko i Mbuye (URG) mu Ruhango, icyiciro cya mbere cy’ayisumbuye akiga mu iseminari nto y’i Kansi , icya kabiri cy’ayisumbuye akiga mu Rwunge rw’abisunze Mutagatifu Yozefu mu Birambo bya Gashari aho yize Ubugenge , Ubutabire n’Ibinyabuzima (PCB) . yasoje amashuri yisumbuye mu 2017.

    Ubu yiga muri Kaminuza y’u Rwanda, mu Kigo Nderabarezi aho yiga Ubumenyamuntu n’Ubugororangingo. Ari mu mwaka wa nyuma wa kaminuza.

    Amaze kwamamara mu bisigo birimo ‘Wumva ute?’, ‘Unbreakable promise’, ‘Nzoga’, ‘Ivanjiri’, ‘Umugore si umuntu’, ‘Bikwiye kwigwaho’, ‘Tugane iwacu’ aheruka gushyira hanze n’ibindi byinshi.

    Rumaga afite ubuhanga buhambaye

    Rumaga afite ubuhanga buhambaye mu busizi

    Rumaga afite imyaka 22 y’amavuko

  • Amajyepfo: Imirenge yashyizwe muri Guma mu Rugo irasaba gukurwamo –

    Tariki ya 6 Mata 2021 ni bwo Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC) yasohoye urutonde rw’imirenge yo muri tumwe mu turere tw’Intara y’Amajyepfo ijya muri Gahunda ya Guma mu rugo, guhera ku wa Gatatu tariki 7 Mata 2021.

    Iyo mirenge ni uwa Ruhashya na Rwaniro mu Karere ka Huye, Umurenge wa Gikonko, Kansi na Mamba mu Karere ka Gisagara n’uwa Ruramba mu Karere ka Nyaruguru.

    Ikindi abashyizwe muri guma mu rugo bagenderaho basaba kuvanwamo ni uko ibyumweru bitatu bari bahawe byamaze kurangira.

    Ibyumweru bitatu iyo mirenge yari yahawe yo kuguma mu rugo mu rwego rwo kwirinda ikwirakwizwa ry’icyorezo cya Covid 19 byarangiye tariki ya 28 Mata 2021.

    Karemera Anatole ati “Twebwe twategereje ko batuvana muri guma mu rugo ariko twarahebye, kandi ibyumweru bitatu baduhaye byararangiye. Icyifuzo ni uko badukura muri guma mu rugo kuko nta bantu benshi bakigaragara banduye inaha iwacu.”

    Bamwe mu bari barwaye Covid-19 bo mu mirenge imaze igihe muri guma mu rugo, bavuga ko bakoze ibishoboka byose bashyira mu ngiro amabwiriza yose kugira ngo birinde gukwirakwiza mu bandi Covid-19.

    Umwe ati “Nagumye mu cyumba cyanjye, umuryango wanjye wakomeje kunyitaho kandi twirinda guhura kugira ngo ntagira abo nanduza.”

    Icyifuzo bahurizaho bose ni ugusaba inzego zibishinzwe kubakura muri guma mu rugo, bakongera gusubira mu mirimo yabo kuko igihe bamaze badakora byabateye ubukene.

    By’umwihariko abakorera ubucuruzi mu isoko rya kijyambere rya Huye barasaba ko bakongera gukomorerwa bagacuruza.

    Muhire Innocent ucuruza imyenda ati “Bakwiye kutureka tukongera gucuruza kuko imibare ya Minisiteri y’Ubuzima imaze igihe yerekana ko nta bwandu bwinshi bukiri muri Huye. Badufashe badufungurire kuko ubukene butumereye nabi.”

    Ukuriye ishami rishinzwe kurwanya ibyorezo mu Kigo cy’Igihugu cy’Ubuzima, RBC, Dr Edson Rwagasore, yabwiye RBA ko mu bipimo bikomeje gufatwa mu bice by’Intara y’Amajyepfo, bigaragaza ko hari igabanuka ry’ubwandu bw’icyorezo cya Covid 19.

    Ibi ngo biratanga icyizere ko isaha n’isaha imirenge iri muri guma mu rugo yakurwamo.

    Ati “Ibipimo byafashwe byose nyuma y’iminsi 14 birimo kugenda bigaragaza y’uko nta murenge n’umwe uri hejuru ya 10% kuko imirenge yose iri munsi ya 3%; urumva rero ko biri kuduha icyizere ko n’imyanzuro izafatwa yabakura muri guma mu rugo.”

    Hashize iminsi mu Ntara y’Amajyepfo hafatwa ibipimo byibuze bigera kuri 50 muri buri kagari mu rwego rwo kureba agace kugarijwe kurusha ahandi. Kuva iyo gahunda yatangira hafashwe ibipimo bisaga ibihumbi 20.

    Umurenge wa Kansi muri Gisagara ni umwe mu yashyizwe muri Guma mu rugo

    [email protected]


  • Kigali: Abatuye “Norvège” bari kwiyubakira umuhanda wa Kaburimbo –

    Umuhanda bashaka kubaka uzaba ureshya na kilometero imwe, uri kubakwa ku nkunga yatanzwe na buri muturage utuye muri uyu mudugudu wa Gakoni aho uherereye.

    Abaganiriye na IGIHE bavuga ko bahisemo kwiyubakira uyu muhanda mu kwishakira ibisubizo aho gutegereza ko leta ibakorera ibintu byose.

    Abatuye muri aka gace batishoboye bahawe akazi bavuga ko biri kubafasha gutunga imiryango yabo no kwiteza imbere cyane muri ibi bihe igihugu cyugarijwe n’icyorezo cya Covid-19.

    Kabayire Papias w’imyaka 63 yagize ati “Kuba natwe twarahawe akazi na bagenzi bacu baturusha ubushobozi byaradufashije cyane kuko nkanjye ubu mu kwezi kumwe maze nkora, naguze uduhene tubiri ikindi kandi kuko ku munsi mpembwa 2500 Frw afasha umugore mu bijyanye n’ubuhinzi ku buryo mu rugo mu gihe abandi baba bataka inzara kubera Covid-19.”

    Bikorimana Augustin yemeza ko uyu muhanda uzabafasha byinshi cyane birimo guha isura nziza agace batuyemo.

    Ati “Nkeka ko buriya nta wari ukwiye kujya ategereza ko Leta ariyo izajya imukorera ibintu byose. Ni nayo mpamvu abaturage bo muri aka gace bahisemo kwiyubakira kaburimbo kugira ngo Norvège yacu igaragare neza.”

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kigali, Niyibizi Jean Claude, yemeza ko aba batuye muri aka gace bubatse uyu muhanda nyuma y’aho babonye ko bakwiye kugira ibyo bakorera mu rwego rwo kudahora bategera amaboko leta.

    Ati “Ni umuhanda bashaka guhindura uw’umukara, ni ibikorwa ubona biteye ishema abaturage nyuma y’aho babonye ko batuye mu gace keza noneho muri uko gutura kwabo babonye ko bakwiye kugira ibyo bakora mu kudahora bategera amaboko leta ku buryo mbona ari byiza kuko bizatuma n’abandi baturage babyigiraho bajye biyubakira bimwe mu bikorwa remezo batabanje gutegereza ko leta ariyo ibikora.”

    Yasoje avuga ko n’ubwo aba baturage bari kubaka uyu muhanda mu myaka iri imbere ibilometero byawo bizagenda byiyongera.

    Abatuye muri aka gace bahisemo kwiyubakira umuhanda batarinze gutegereza ubufasha bwa leta

    Ni umuhanda bemeza ko uzuzura utwaye agera kuri miliyoni 50 Frw

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kigali, Niyibizi Jean Claude

    Kabayire Papias w’imyaka 63 yemeza ko kubaka uyu muhanda biri kumufasha kwiteza imbere

  • Byaba ari ngombwa ko mu mashuri hashyirwa udukingirizo mu kwirinda inda zitateganyijwe? –

    Hanze aha hasigaye hamenyerewe imvugo igira iti “Abakobwa bafite ubushyuhe, n’abahungu bafite ubushyuhe.” Ibi binumvikana muri ya ndirimbo ya DJ Pius yafatanyije n’abandi bahanzi bise “Ubushyuhe”.

    Ingimbi n’abangavu usanga baba bari muri ya myaka imibiri yabo iba iri guhinduka, ari nacyo mu gihe batangira gushishikarira kumenya neza ibirebana n’imibonano mpuzabitsina ndetse n’ibijyanye nayo, hamwe usanga ubushyuhe mu mubiri bwiyongera cyane.

    Hari ubushakashatsi bwakozwe n’umunyeshuri w’imwe muri kaminuza zo mu Rwanda waganirije abakobwa n’abahungu bari munsi y’imyaka 18 biga mu mashuri yisumbuye muri Kigali na Muhanga bwagaragaje ko benshi muri bo batakaje ubusugi n’ubumanzi ku myaka iri hagati ya 15 na 16.

    Hari abagaragaza ko gushyira udukingirizo mu bigo by’amashuri abanza n’ayisumbuye byaba igisubizo cyiza cyo kugabanya umubare w’abana baterwa inda imburagihe bikabaviramo gucikishiriza amashuri. Gusa nanone iki gitekerezo ntikivugwaho rumwe.

    Kamatari Vincent wiga mu mwaka wa gatandatu w’amashuri yisumbuye mu Murenge wa Rusororo, Akarere Gasabo, we yagize ati “Niba koko abana benshi batwara inda bigatuma bava mu ishuri kuki hatashyirwamo se udukingirizo mu mashuri kugira ngo tujye dukoreshwa? Erega nibwo baba badufata nk’abana twese ibyo tuba tubizi kandi hari n’ababikorana hagati yabo.”

    Ibi kandi abihurizaho na Bruno Murengezi wiga mu mwaka wa kane w’amashuri yisumbuye muri Nyarugenge usanga bikwiye ko udukingirizo dushyirwa mu mashuri mato n’ayisumbuye. Yagize ati “Gushyira udukingiro mu mashuri byagira akamaro cyane. Usanga rwose bagenzi banjye benshi bakora imibonano, kandi kenshi bakorera aho. Byafasha.”

    Ababyeyi n’abarezi ntibabikozwa

    Bamwe mu babyeyi n’abayobozi b’ibigo ndetse n’abarimu bagiye bagaragaza ko umwanzuro wo gushyira udukingirizo mu bigo by’amashuri utaba ari igisubizo cyiza cyo kwirinda inda ziterwa abangavu, ahubwo byaba ari nko gutiza umurindi ubusambanyi mu mashuri yo mu Rwanda.

    Biziyaremye Innocent ufite abana batatu b’abakobwa biga mu mashuri yisumbuye mu Karere ka Nyarugenge, avuga ko iki cyemezo atagishyigikira.

    Ati “Ku bwanjye ntabwo nabyemera ari njye ufata umwanzuro, none se ubwo ryaba ari ishuri cyangwa abana baba bigira mu ma-lodges? Aho gushyiramo ibitabo bibongerera ubumenyi bagashyiramo udukingurizo? Ntabwo bikwiye kuko byajya bituma abana basambana cyane kuko baba bameze nk’abahawe rugari.”

    Byukusenge Hamisa ni umubyeyi w’abana bane biga mu mashuri yisumbuye utuye mu Murenge wa Ndera, we yagize ati “None se washyira udukingirizo mu ishuri ntufate umwanya wo kuza kubwira abanyeshuri impamvu utuhashyize n’igihe bazajya badukoresha? Hagakwiye gushakishwa izindi ngamba kugira ngo umubare w’abaterwa inda ugabanuke aho kubaha noneho udukingirizo kuko baba bagiye kwiga ntabwo baba agiye gusambana.”

    Umuyobozi w’ikigo cya GS EPA mu Murenge wa Nyarugenge, Akarere ka Nyarugenge, Antoine Rusingizandekwe, yavuze ko adashyigikiye na gato ko mu mashuri hashyirwamo udukingirizo kuko bisa nko gushishikariza abana kwishora mu busambanyi.

    Yagize ati “Ntabwo njye mbishyigikiye, ntabwo nshyikiye udukingirizo two mu mashuri. Abana wegereje utwo dukingirizo hafi aho umwana ko asanzwe akubagana ndetse kumurera ko ari kumuba hafi ukajya umwigisha, kuki watuhashyira? Kumwigisha ni cyo kintu gikuru cyane ukamugira inama kandi ukamenya kumukurikirana buri gihe ntumutererane n’umunsi n’umwe.”

    Yongeyeho ko gahunda zo gushyira udukingirizo mu mashuri we atazemera kandi atazishyigikiye kuko biba bisa k’aho ari ugushumuriza abana mu gihe hanze aha haryana.

    Umuyobozi wa REB, Dr Mbarushimana Nelson, nawe avuga ko mu kwirinda inda ziterwa abana hatashyirwa udukingirizo mu mashuri, ahubwo hategurwa izindi nyigisho zifasha abana kwirinda ubusambanyi.

    Ati “Ntekereza ko hari izindi nyigisho zindi zishobora gukorwa zigatangwa mu buryo bw’ubwirinzi. Nkeka y’uko ibyo ari byo umuntu yashyira imbere abana bakigishwa ingaruka zo gukora imibonano mpuzabitsina kugira ngo birinde banarinda ejo habo hazaza aho gushyira imbere kuzana iby’udukingirizo mu mashuri.”

    Yaboneyeho gusaba abana bose kwirinda ubusambanyi cyane ko umukobwa agomba gukomeza kurinda ubusugi bwe n’ibishuko kuko iyo abyirinze kugeza ubwo ashatse umugabo we biba byiza cyane.

    Umujyanama wa Mufti w’u Rwanda, Sheikh Mbarushimana Sulaimani, we avuga ko mu rwego rw’idini bidakwiye ko mu mashuri hashyirwamo udukingirizo.

    Ati “Ubundi mu rwego rw’idini ntabwo ritanga uburenganzira bwo kuba abana b’abakobwa cyangwa b’abahungu bahabwa udukingirizo kuko mu rwego rw’idini turavuga tuti ni bifate, ni birinde kuko birabujijwe no kwegera ubusambanyi ku buryo iyo ubahaye utwo dukingirizo baba babwegereye.”

    Yongeyeho ko inzego zibishizwe zibonye ko ari cyo gisubizo kirambye cyo kurwanya inda ziterwa abana zafata icyo cyemezo ariko ashimangira ko ku rwego rw’idini abana bagakwiye kwirinda ubusambanyi bakanabugendera kure.

    Imibare itangwa na Minisiteri y’Ubuzima igaragaza ko mu 2017 abangavu babyariye kwa muganga bari munsi y’imyaka 19 bari 17.337, mu 2018 baba 19.832, na ho mu mwaka wa 2019 guhera muri Mutarama kugeza muri Kanama ababyaye ni 15.696.

    Hashize igihe kinini hibazwa ku cyakorwa kugira ngo inda ziterwa abangavu zikumirwe

    Aha ni muri GS Ruhanga aho ubuyobozi bw’Akarere ka Gasabo buri mu bukangurambaga bwo kurwanya inda ziterwa abangavu bwigisha abanyeshuri kwirinda ubusambanyi no gukoresha agakingirizo igihe kwifata byanze

  • Abigaragambya basaga 100,000 bazindukiye mu mihanda ya Montreal Muri Canada bamagana gahunda za Guma Murugo #Rwanda #RwOT

     Abigaragambya basaga 100,000 bazindukiye mu mihanda ya Montreal Muri Canada bamagana gahunda za Guma Murugo, n’ ingamba zo gukumira Covid19

    Soure : Youtube.com