Tag: featured

  • Rubavu: Umushinjacyaha n’umukozi wa MAJ bakurikiranyweho ruswa y’ibihumbi 500 Frw –

    Umuvugizi w’Umusigire w’Urwego rw’igihugu Rushinzwe Ubugenzacyaha, RIB, Dr Murangira B. Thierry, yemeje amakuru avuga ko bafunzwe kubera kwaka indonke hamwe n’uwayitanze mu gihe iperereza rigikomeje.

    Ati “Bakurikiranweho icyaha cyo kwakira no gusaba ruswa. Bafunganywe n’undi ukurikiranweho icyaha cyo gutanga ruswa kugira ngo umukobwa we wari ufunzwe akurikiranweho cyo kwiyitirira umwirondoro utari uwe n’icyaha cy’ubuhemu adakurikiranwa. Bafungiwe kuri Station ya RIB iri ku Gisenyi mu gihe iperereza rigikomeje kugira ngo dosiye ishyikirizwe ubushinjacyaha.”

    Yakomeje aburira abaturage ko RIB itazihanganira abarya ruswa kuko imunga ubukungu bw’igihugu, ikabangamira n’itangwa rya serivise inoze n’iyubahirizwa ry’uburenganzira bwa muntu kandi nta muntu wari ukwiriye kuba akora imirimo ashinzwe kubera ko yahawe indonke.

    Yasabye abaturage kujya batanga amakuru ku buryo bwagenwe bahamagara kuri 166 cyangwa bakandikira kuri E-Menyesha mu gihe babonye cyangwa baketse ahantu hari gukorerwa icyaha, ndetse anashimira abaturage bagira uruhare mu gutanga amakuru.

    Ingingo ya 4 y’ Itegeko N°54/2018 ryo kuwa 13/08/2018 ryerekeye kurwanya ruswa ivuga ko gusaba, kwakira cyangwa gutanga indonke, rivuga, umuntu wese usaba, utanga cyangwa wakira, mu buryo ubwo ari bwo bwose, indonke iyo ari yo yose, kuri we cyangwa ku wundi muntu cyangwa akemera amasezerano yabyo kugira ngo akore cyangwa adakora ikiri mu nshingano ze cyangwa yifashishije imirimo ye kugira ngo gikorwe cyangwa kidakorwa aba akoze icyaha.

    Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kirenze imyaka itanu ariko kitarenze imyaka irindwi n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda yikubye inshuro kuva kuri eshatu kugeza kuri eshanu z’agaciro k’indonke yatse cyangwa yakiriye.

    RIB yataye muri yombi umushinjacyaha n’umukozi wa MAJ mu Karere ka Rubavu

  • Rubavu: Umushinzacyaha n’umukozi wa MAJ bakurikiranyweho ruswa y’ibihumbi 500 Frw –

    Umuvugizi w’Umusigire w’Urwego rw’igihugu Rushinzwe Ubugenzacyaha, RIB, Dr Murangira B. Thierry, yemeje amakuru avuga ko bafunzwe kubera kwaka indonke hamwe n’uwayitanze mu gihe iperereza rigikomeje.

    Ati “Bakurikiranweho icyaha cyo kwakira no gusaba ruswa. Bafunganywe n’undi ukurikiranweho icyaha cyo gutanga ruswa kugira ngo umukobwa we wari ufunzwe akurikiranweho cyo kwiyitirira umwirondoro utari uwe n’icyaha cy’ubuhemu adakurikiranwa. Bafungiwe kuri Station ya RIB iri ku Gisenyi mu gihe iperereza rigikomeje kugira ngo dosiye ishyikirizwe ubushinjacyaha.”

    Yakomeje aburira abaturage ko RIB itazihanganira abarya ruswa kuko imunga ubukungu bw’igihugu, ikabangamira n’itangwa rya serivise inoze n’iyubahirizwa ry’uburenganzira bwa muntu kandi nta muntu wari ukwiriye kuba akora imirimo ashinzwe kubera ko yahawe indonke.

    Yasabye abaturage kujya batanga amakuru ku buryo bwagenwe bahamagara kuri 166 cyangwa bakandikira kuri E-Menyesha mu gihe babonye cyangwa baketse ahantu hari gukorerwa icyaha, ndetse anashimira abaturage bagira uruhare mu gutanga amakuru.

    Ingingo ya 4 y’ Itegeko N°54/2018 ryo kuwa 13/08/2018 ryerekeye kurwanya ruswa ivuga ko gusaba, kwakira cyangwa gutanga indonke, rivuga, umuntu wese usaba, utanga cyangwa wakira, mu buryo ubwo ari bwo bwose, indonke iyo ari yo yose, kuri we cyangwa ku wundi muntu cyangwa akemera amasezerano yabyo kugira ngo akore cyangwa adakora ikiri mu nshingano ze cyangwa yifashishije imirimo ye kugira ngo gikorwe cyangwa kidakorwa aba akoze icyaha.

    Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kirenze imyaka itanu ariko kitarenze imyaka irindwi n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda yikubye inshuro kuva kuri eshatu kugeza kuri eshanu z’agaciro k’indonke yatse cyangwa yakiriye.

    RIB yataye muri yombi umushinjacyaha n’umukozi wa MAJ mu Karere ka Rubavu

  • Perezida Kagame yayoboye Inama y’Abaminisitiri –

    Ibiro by’Umukuru w’Igihugu, Village Urugwiro byatangaje ku rukuta rwa Twitter ko iyi nama yabaye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu. Byitezwe ko iyi nama ishobora kuza gufatirwamo ingamba zitandukanye zo kwirinda COVID-19 no koroshya zimwe mu zari zisanzweho.

    Abagize guverinoma baherukaga guterana biga ku ngamba zo guhashya Covid-19, ku wa 14 Mata 2021, ari nabwo bafashe imyanzuro irimo kuba mu Turere twa Ruhango, Nyanza, Huye, Gisagara, Nyaruguru na Nyamagabe mu Majyepfo ingendo zibujijwe guhera saa Moya z’ijoro.

    Inama y’Abaminisitiri iheruka kandi yibukije abaturage bose ko ari ngombwa kubahiriza amabwiriza yo kwirinda COVID-19 harimo gusiga intera hagati y’umuntu n’undi, kwambara agapfukamunwa no gukaraba intoki.

    Imibare imaze iminsi itangazwa na Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda igaragaza ko mu bice byo hirya no hino mu gihugu hari uturere turimo Karongi, Kirehe n’ahandi hamaze iminsi hagaragara ubwandu bwinshi bwa Coronavirus, mu gihe mu Mujyi wa Kigali imibare igenda igabanyuka.

    Minisante igaragaza ko kuva muri Werurwe 2020, ubwo umuntu wa mbere wanduye Coronavirus yagaragaraga mu Rwanda, hamaze gufatwa ibipimo 1,326,706 byagaragayemo abanduye 25,351.

    Ni mu gihe ku rundi ruhande abantu 23,523 bamaze gukira iki cyorezo, mu gihe abakirwaye ari 1,491 barimo umwe urembye. Abamaze guhitanwa na Coronavirus ni 337. Imibare y’abamaze gukingirwa ni 350,310.

    Perezida Kagame yayoboye inama y’Abaminisitiri yiga ku ngingo zitandukanye

    Perezida Kagame ari kumwe na Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Dr Vincent Biruta

    Amafoto: Village Urugwiro


  • Perezida Kagame yakiriye mu biro bye Cardinal Kambanda –

    Ibiro by’Umukuru w’Igihugu, Village Urugwiro bibinyujije kuri Twitter byatangaje ko kuri uyu wa 5 Gicurasi 2021, aribwo Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Cardinal Kambanda, gusa ntibyatangaje ibyo bombi baganiriyeho.

    Perezida Kagame yakiriye Antoine Cardinal Kambanda nyuma y’amezi arindwi Papa Francis amuhaye izi nshingano zo kuba Cardinal ndetse anashyirwa mu bagize Dicastère, aho ari mu bashinzwe by’umwihariko iyogezabutumwa ku Isi.

    Ubwo habaga Misa yo kwakira Cardinal Kambanda nyuma yo kwimikwa, Umukuru w’Igihugu yavuze ko igihugu gufite Cardinal Kambanda nk’Umunyarwanda, nk’umwana w’u Rwanda wazamutse kuva abaye Umusaseridoti kugera ku rwego rwa Cardinal.

    Yakomeje agira ati “Iyo Umunyarwanda azamutse mu ntera kubera ubushobozi, kubera imirimo yakoze haba ku rwego mpuzamahanga twese turishima, icyizere yagiriwe n’agaciro yahawe ubwo natwe biba ibyacu, aba ari intore mu nshingano arimo, akaba n’intore mu gihugu cyacu ari na cyo cye.”

    Mu kiganiro cyihariye aherutse kugirana na IGIHE, Antoine Cardinal Kambanda yavuze ko igihugu iyo gifite Cardinal biba ari iby’agaciro gakomeye kuko uretse kuba ari intangiriro y’inzira iganisha ku kugira Papa, binasobanuye ko Kiliziya yatangiye gukura kandi ifite umuntu uyihagarariye mu buyobozi bukuru bwa Kiliziya Gatolika ku Isi.

    Perezida kagame yakiriye Cardinal Kambanda uherutse guhabwa inshingano zikomeye na Papa Francis

    Perezida Kagame yakiriye mu biro bye Cardinal Kambanda bagirana ibiganiro

    Nyuma y’ibiganiro bafashe ifoto y’urwibutso

    Amafoto: Village Urugwiro


  • Ubushinjacyaha bwasobanuye uko Munyenyezi Béatrice yishe Abatutsi i Butare –

    Uyu mugore w’imyaka 51 yagejejwe mu Rwanda ku wa 16 Mata 2021, ubwo yari yoherejwe na Leta Zunze Ubumwe za Amerika nyuma yo kurangizayo igihano yari yarakatiwe n’inkiko zo muri iki gihugu ubwo yahamwaga n’ibyaha byo kubeshya Urwego rw’Abinjira n’Abasohoka ku ruhare yagize muri Jenoside, kugira ngo abone ubwenegihugu bwa Amerika.

    Ubwo yagezwaga mu Rwanda, yasanze hari dosiye y’ibyaha ashinjwa ndetse ahita ashyikirizwa Urwego rw’Ubugenzacyaha, RIB, aza kwitaba Urukiko ku nshuro ya mbere ku wa 28 Mata ariko urubanza rurasubikwa ku bw’imbogamizi zagaragajwe n’abamwunganira mu mategeko.

    Akurikiranyweho icyaha cyo kwica nk’icyaha cya Jenoside, gucura umugambi wo gukora Jenoside, gutegura Jenoside, gushishikariza ku buryo butaziguye abantu gukora Jenoside, ubufatanyacyaha muri Jenoside, kurimbura nk’icyaha kibasiye inyokomuntu ndetse n’ubufatanyacyaha mu gusambanya ku gahato nk’icyaha kibasiye inyokomuntu.

    Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu, Munyenyezi yongeye kwitaba urukiko yunganiwe na Me Buhuru Pierre Célestin ndetse na Me Gatera Gashabana. Kuri iyi nshuro hari hatahiwe Ubushinjacyaha kugira ngo busobanure impamvu bwazanye Munyenyezi imbere y’urukiko.

    Mu gihe Inteko Iburanisha yari ihaye ijambo Ubushinjacyaha, Me Buhuru yahise asaba avuga ko we n’umukiliya we bafite inzitizi zigera kuri eshatu zirimo uko yafashwe, uko yafunzwe n’ukuntu yashyikirijwe ubugenzacyaha, avuga ko hari amategeko atarubahirijwe.

    Uko yagejejwe mu Rwanda byakuruye impaka

    Me Buhuru yabanje gushimira Ubushinjacyaha n’inzego zifunze Munyenyezi mu gihe ataraburana kubera ko yaba abanyamategeko ndetse na Munyenyezi ubwe bahawe dosiye kugira ngo babashe kuyiga, bayisesengure noneho babashe kuburana.

    Yavuze ko dosiye bayihawe bakayisuzuma ariko ngo mu kuyitegura hari imbogamizi bahuye nazo zirimo kutamenya uko Munyenyezi yavanywe muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika akagezwa mu Rwanda.

    Me Buhuru yavuze ko uretse amashusho babonye kuri televiziyo agaragaza Munyenyezi agezwa mu Rwanda ariko ngo nta kindi babonye nk’impapuro zigaragaza impamvu yoherejwe mu Rwanda. Muri rusange yavuze ko batigeze babona impapuro zita muri yombi cyangwa izo kuzana mu Rwanda umukiliya wabo.

    Nyuma yo kugaragaza izo nzitizi, Ubushinjacyaha bwahise buhabwa umwanya buvuga ko Munyenyezi yazanywe mu Rwanda yoherejwe na Amerika mu buryo bwo kumwirukana (Deportation) noneho agejejwe mu Rwanda asanga hari dosiye ye bityo ahita afatwa na RIB.

    Uhagarariye Ubushinjacyaha yavuze ko impamvu hatabayeho kumutumiza cyangwa kumwohereza inyandiko zimufata bitari ngombwa kuko hakoreshejwe uburyo buteganywa n’amategeko.

    Ubushinjacyaha kandi busobanura ko Amerika yazanye Munyenyezi imugeza ku Kibuga cy’Indege cya Kigali ndetse hari n’inyandiko zatanzwe na Ambasade ya Amerika iri i Kigali.

    Abahagarariye Ubushinjacyaha bagaragaje ko Munyenyezi yari amaze igihe kinini ari muri Amerika kandi ashakishwa ndetse anafite na dosiye ye hano mu gihugu ku byaha akekwaho ko yakoreye hano mu gihugu.

    Akigera mu Rwanda, ubutabera bwo mu Rwanda bwari bumaze igihe kinini bumushakisha buhita bumufata agezwa mu Bugenzacyaha amenyeshwa ibyo aregwa, arabazwa, dosiye ishyikirizwa Ubushinjacyaha, ari nayo mpamvu bwamuzanye imbere y’urukiko asabirwa gufungwa by’agateganyo.

    Muri rusange ngo uko yafashwe, uko yashyikirijwe ubutabera kugeza iyi saha byose bikurikije amategeko.

    Abo ku ruhande rwa Munyenyezi bavuze ko ifatwa, izanwa n’ifungwa rya Munyenyezi ritarakurikije amategeko bityo bagasabira umukiliya wabo kurekurwa. Bakomeje kugaragaza ko batigeze babona mandat d’amener. Ku rundi ruhande ariko yaba Ubushinjacyaha ndetse n’Urukiko bagaragaje ko Mandat d’amener ihari ndetse yashyizwe muri system.

    Urukiko rwahise rwanzura ko hazafatwa umwanzuro kuri iyo nzitizi ruhita rukomeza iburanisha ku ifunga n’ifungurwa ry’agateganyo rikomeza.

    Ubushinjacyaha bwateye utwatsi iby’uko ibyaha aregwa yabiburanishirijwe muri Amerika

    Uruhande rw’ubwunganizi bwa Munyenyezi, rwagaragarije urukiko ko umukiliya warwo hari ibyaha mu byo aregwa hano mu Rwanda kandi yarabiburaniye muri Amerika bityo adakwiye gukomeza kubikurikiranwaho.

    Icyaha cya Jenoside, icyaha cyo kuba Munyenyezi yarashinze za bariyeri zitandukanye, icyo kuba yaragiye avangura abahutu n’abatutsi akoresheje indangamuntu abo asanze ari Abatutsi akabaha interahamwe ngo zibice, icyo gufata ku ngufu n’ubufatanyacyaha mu gufata ku ngufu ndetse n’icyo gushishikariza abahutu kwica Abatutsi.

    Me Buhuru yavuze ko ngo ibyo byaha byose yabiburanye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ndetse arabihanirwa igifungo cy’imyaka 10 ndetse ngo iyo myaka 10 arayifungwa arayirangiza noneho ngo amaze kuyirangiza nibwo Amerika yamwohereje mu Rwanda imwirukanye.

    Me Buhuru yifashishije amasezerano mpuzamahanga avuga ko nta muntu ushobora gukurikiranwa hashingiwe ku cyaha yagizweho umwere.

    Ubushinjacyaha bwavuze kuri iyi nzitizi buvuga ko ibyaha Munyenyezi yahaniwe muri Amerika ari ukubeshya atari ibyaha bya Jenoside.

    Uhagarariye Ubushinjacyaha yavuze ko icyaha Munyenyezi yahaniwe ari ikijyanye n’amakuru y’ibinyoma yatanze kugira ngo abone ubwenegihugu. Ni ukuvuga ko atigeze ahanirwa ibyaha bya Jenoside.

    Ubushinjacyaha bwavuze ko Munyenyezi akurikiranyweho ibyaha birindwi ndetse bimwe mu byavuzwe n’uruhande rw’abamwunganira buvuga ko yabihaniwe bitari muri ibyo birindwi akurikiranyweho. Bivuze ko ibyaha akurikiranyweho ntabwo ari ibyaha yahaniwe, ni ibyaha yakoreye mu Rwanda mu 1994 ari nabyo bigize dosiye ye.

    Havuzwe uko Munyenyezi yashinze za bariyeri akanazikoraho

    Nyuma y’igihe kirekire haburanwa ku nzitizi zagaragajwe n’abunganira Munyenyezi, Inteko Iburanisha yaje gutanga umwanya ku Bushinjacyaha ngo buvuge impamvu bwazanye Munyenyezi imbere y’urukiko ndetse n’impamvu bumusabira gufungwa by’agateganyo.

    Ubushinjacyaha bwabanje gusubiramo ibyaha byose Munyenyezi akurikiranyweho uko ari birindwi ndetse n’uko yagiye abikora. Bwavuze ko ibyaha byose Munyenyezi yabikoreye mu yahoze ari Perefegitura ya Butare.

    Bwavuze ko hari Umubikira Munyenyezi ubwe yicishije imbunda nto nyuma yo kumuha Interahamwe ngo zimusambanye.

    Ubushinjacyaha bwagaragaje amazina y’abantu batandukanye Munyenyezi yagiye yica we ubwe, abo yagiye ashyikiriza Interahamwe ngo zibasambanye n’abo yagiye ategeka Interahamwe ngo zibice.

    Umushinjacyaha yavuze ko hari impamvu zikomeye zituma uregwa akekwaho kuba yarakoze ibyo byaha.

    Mu kugaragaza impamvu zikomeye zituma Ubushinjacyaha bukeka ko Munyenyezi yakoze ibyo byaha byose uko ari birindwi, Ubushinjacyaha bwavuze ko bwifuje kugaragaza amazina y’abatangabuhamya mu rwego rwo kubarindira umutekano.

    Mu batangabuhamya babajijwe hari uwavuze ko mu gihe cya Jenoside, hari bariyeri yo ku Mukoni yashyizweho na Munyenyezi noneho batangira gusuzuma ibyangombwa by’abayinyuragaho bose.

    Noneho ngo hari nk’Umubikira wayinyuzeho maze Munyenyezi aramubwira ngo wowe ndakuzi windushya. Ako kanya ngo hahise baza imodoka ya Pauline Nyiramasuhuko noneho bayitwaramo uwo mubikira ajya kwicwa nyuma yo gusambanywa n’Interahamwe.

    Iyo bariyeri ngo Munyenyezi yashinze ku Mukoni yari ari kumwe n’izindi nterahamwe bafatanyaga kugenda bagenzura ibyangombwa by’abayinyuragaho bose. Hagarutswe kandi ku ijambo Munyenyezi yavugiye mu nama yabereye ku Irango avuga ko igihugu cyatewe n’umwanzi kandi uwo mwanzi ari “Umututsi” ndetse ngo abwira abayitabiriye ko bagomba kuba bazi ko ntawe ukubura umwanda awerekeza mu nzu.

    Mu Rukiko havuzwe bariyeri nyinshi zashyizwe muri Butare, ari nazo Munyenyezi yajyaga gufataho ababaga bashyizwe ku ruhande bivugwa ko ari Abatutsi noneho akabajyana bakajya kwicwa. Ikindi kandi umutangabuhamya yavuze ngo ni uko yabonaga Munyenyezi agemuriye ibyo kurya Interahamwe zabaga ziriwe kuri izo bariyeri.

    Ubushinjacyaha bwavuze ko hari umutangabuhamya wavuze ko yiboneye n’amaso abishwe n’Interahamwe ku mabwiriza yabaga yatanzwe na Munyenyezi.

    Hari undi mutangabuhamya wavuze ko ku irembo ryo kwa Munyenyezi ahitwa mu ihuriro hashyizwe bariyeri ishyirwaho Interahamwe zifite ubuhiri n’udufuni maze zikajya zica Abatutsi banyuraga kuri izo bariyeri.

    Icyo gihe Munyenyezi ngo yabaga muri hoteli Ihuriro yari iri hafi y’urugo rwa Pauline Nyiramasuhuko (Munyenyezi ni umukazana wa Nyiramasuhuko).

    Ubushinjacyaha bwasoje busaba Urukiko gutegeka ko Munyenyezi afungwa mu gihe Ubushinjacyaha bukinonosora dosiye ngo iburanishwe mu mizi.

    Ikindi Ubushinjacyaha buheraho busaba ko afungwa iminsi 30 y’agateganyo ngo ni uko ibi byaha byose hari ibimenyetso by’uko yabikoze kandi byose akurikiranyweho bikaba bihanishwa igifungo kirenze imyaka ibiri.

    Munyenyezi ukurikiranyweho uruhare muri Jenoside yagejejwe imbere y’urukiko

    Munyenyezi yahakanye ibyo aregwa, urukiko rumubaza icyo apfa n’abatangabuhamya bamushinja

    Uyu mugore yabajijwe niba ibyaha byose uko ari birindwi abyemera cyangwa atabyemera ahita asubiza ko byose atabyemera.

    Yasobanuye ko ibyaha byose bamurega abihakana kuko ngo abantu bose ashinjwa batari bamuzi kuko yageze i Butare ari mushya cyane ko yavukiye muri Perefegitura ya Byumba ndetse akaba yarize i Byumba, Kigali na Gitarama ku buryo i Butare aho yashakiye atari ahazi neza ndetse ngo n’abantu baho atari abazi mu gihe cya Jenoside.

    Yavuze ko mu 1994 aribwo bagiye kuba muri Hotel Ihuriro i Butare ndetse ngo icyo gihe bavuga ko yashinze bariyeri yari atwite abana b’impanga ku buryo atabashaga kugenda ngo ajye kuri izo bariyeri zasobanuwe n’Ubushinjacyaha.

    Yavuze ko abantu bose bamurega nta n’umwe umuzi kuko yagiye i Butare ari mushya ndetse ngo icyo gihe ntabwo yari umuyobozi cyangwa ngo abe afite irindi jambo ryatuma ashinga izo Barrière cyangwa ngo atange amabwiriza yo kwicwa Abatutsi.

    Munyenyezi yabwiye Urukiko ko ibyo bamurega byose ari ibihimbano ariyo mpamvu asaba kugirwa umwere akarekurwa agakurikiranwa ari hanze.

    Urukiko rwamubajije impamvu abo batangabuhamya bose bamushinja ibyo bintu byose.

    Umucamanza ati “Urakeka ari iyihe mpamvu ituma aba batangabuhamya bose bagaragajwe n’Urukiko bagushinja ibyo bintu kandi wowe ukaba uvuga ko wari mushya i Butare.”

    Munyenyezi mu gusubiza yagize ati “Ntabwo nzi impamvu, sinzi niba ari ukubera mabukwe n’umugabo wanjye. Ntabwo abo banshinja banzi nanjye simbazi.”

    Munyenyezi yakomeje gutsimbarara ku ngingo y’uko mu gihe cya Jenoside yari mushya i Butare, ko abo bantu bamushinja batari bamuzi ndetse nawe atari abazi.

    Yavuze kuri bariyeri yari iri imbere ya Hotel Ihuriro ko n’ubwo yari ihari atigeze ayikoraho ndetse yibaza impamvu abantu bavuga ko bagiye bamubona ari kuri bariyeri yambaye imyenda ya gisirikare.

    Munyenyezi yavuze kandi ko afite ibibazo by’ubuzima anasaba Urukiko gutegeka ko arekurwa.

    Me Gashabana wunganira Munyenyezi yagarutse ku batangabuhamya avuga ko ibyo bavuze bidakwiye guhabwa agaciro kuko batari bazi Munyenyezi.

    Me Gashabana yavuze ko basanga nta mpamvu zikomeye zatuma umukiliya wabo akekwaho ibyaha aregwa bityo Urukiko rugomba guhita rutegeka ko arekurwa agakurikiranwa adafunze.

    Me Buhuru nawe yasabye ko umukiliya wabo arekurwa wenda Urukiko rukagira ibyo rumutegeka ariko akarekurwa by’agateganyo.

    Ubushinjacyaha bwahawe umwanya ngo bugire icyo buvuga ku kwiregura kwa Munyenyezi busobanura ko uwo bukurikiranye yakoze ibyo byaha ndetse ku bijyanye n’abatangabuhamya bushimangira ko iperereza rigikomeje hashobora kuzaboneka n’abandi.

    Umushinjacyaha yavuze ko yaba Ubugenzacya cyangwa Ubushinjacyaha bakiri mu iperereza aho ibimenyetso bishinja n’ibishinjura bizagaragazwa mu iburanisha mu mizi bikagaragaza uko Munyenyezi alias Kamanda yakoze ibi byaha.

    Ubushinjacyaha bwongeye nanone gushimangira ubusabe bwabwo bw’uko uwo bukurikiranye yaba afunze by’agateganyo bugakomeza gukora iperereza no gushaka ibindi bimenyetso ku byaha Munyenyezi akurikiranyweho.

    Inteko Iburanisha yamaze kumva impande zombi itangaza ko hagiye gusesengurwa ibyavuzwe n’Ubushinjacyaha ndetse n’uruhande rw’uregwa bityo umwanzuro w’urukiko ku ifunga n’ifungurwa ry’agateganyo ukazasomwa ku wa 10 Gicurasi 2021 i saa Cyenda.

    Munyenyezi yasabiwe gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

    Munyenyezi ukurikiranyweho ibyaha bya Jenoside aburanira mu Rukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro

    Aha Munyenyezi yasohokaga mu Rukiko amaze kuburana

    Nyuma yo kuburana yasubijwe kuri sitasiyo ya RIB

  • Kigali: Polisi yerekanye abantu icyenda bakekwaho ubujura no kugura ibyibano –

    Bane muri abo bari barakoze itsinda mu gihe abandi bakekwaho kugura ibyibwaga. Mu bikoresho byibwe harimo mudasobwa, telefone na televiziyo.

    Aba bagabo uko ari icyenda bafatiwe mu Mujyi wa Kigali ku wa 2 Gicurasi 2021.

    Umwe muri aba bafashwe usanzwe ukomoka mu Karere ka Rullindo, yabwiye itangazamakuru ko bari bamaze umwaka bari muri ubu bujura.

    Yavuze ko kugira ngo bagere kuri uwo mugambi, bakoranaga n’umumotari ubafasha kugeza ibyo bikoresho ku muguzi.

    Mu gusobanura uko bakoraga ubu bujura yagize ati “Hari aho twagendaga tugasanga amadirishya afunguye kandi n’aho tudasanze hakinguye tukahakingura dukoresheje icyuma.”

    Yavuze ko yicuza ibyaha yakoze ndetse ko atakongera gukora ibinyuranye n’amategeko, agasaba abantu bagikora ibyo byaha kubireka.

    Ukekwa kuba yari inyuma yabyo akagura ibyibwaga, yavuze ko yari asanzwe akora akazi ko gukora ibikoresho by’ikoranabuhanga bitandukanye mu gihe byagize ikibazo.

    Yavuze ko yahamagawe n’umumotari amubwira ko hari umuntu wahombye akabari bityo ko hari televiziyo zigurishwa. Yavuze ko nyuma yagiyeyo arazigura ariko ntiyahabwa inyemezabwishyu kuko zari zigikorwa zitaraboneka ari nayo makosa avuga ko yaguyemo.

    Ati “Ikibazo cyabayemo ari naryo kosa naguyemo ntabwo nigeze njya kwaka inyemezabwishyu, ikindi yari yambwiye ko inyemezabwishyu nta zihari amaze igihe azikoresha ngendera kuri icyo cyizere ndagura.”

    Yavuze ko atazongera kugwa mu makosa yo kugura ikintu atatse inyemeza bwishyu.

    Kamali Patrick atuye mu Karere ka Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali, wari wibwe televiziyo na mudasobwa, yavuze ko umunsi yibwa yabyutse agasanga inzu irangaye.

    Yashimiye Polisi uburyo yakoranye ubunyamwuga mu kugaruza bimwe mu byibwe ndetse no guta muri yombi ababikoze.

    Ati “Ni ibyishimo kandi ndashimira Polisi ubushobozi n’ingufu mu gufata aba bajura ndumva rwose ntacyo batakoze.”

    Umuvugizi wa Polisi y’Igihugu, CP John Bosco Kabera yavuze ko Polisi itazahwema guta muri yombi abiba iby’abandi.

    Ati” Iyo abaturage batanze amakuru turayakurikirana, byumvikane y’uko utafashwe uyu munsi ejo azafatwa, icyo tuba dukeneye ni amakuru. N’uwateganyaga kwiba iri joro ahari bwibe haramenyekana n’ abajura bafite gahunda yo kwiba babireka kuko nta kiza kirimo.”

    Aba nibaramuka bahamijwe ibi byaha bazafungwa igihe kitari munsi y’umwaka umwe ariko kitarenze imyaka ibiri n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni imwe ariko atarenze miliyoni ebyiri n’imirimo rusange mu gihe cy’amezi atandatu cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.

    Aba bantu uko ari icyenda bakekwaho ubujura no kugura ibyibwe

  • Agahinda k’abana baterwa inda bakanga kurega ababahohoteye –

    Aba bana batewe inda bemeza ko hari ibintu bitandukanye bituma bahishira ababahohoteye mu kurengera inyungu zabo.

    Uwase (izina ryahinduwe) wo mu Murenge wa Ndera, Akarere ka Gasabo watewe afite imyaka 16 y’amavuko, yemeza ko biba bigoye ko umuntu arega uwamuteye inda igihe aba ari we umufasha muri buri kintu cyose akeneye.

    Ati “Ubu warega umusore waguteye inda kandi ajya agufasha buri kintu mu gihe uba uzi neza ko numurega bari buhite bamufunga kandi Leta ntijye igufasha? Wenda iyaba babaga banadufasha byari kujya bituma umuntu arega uwamuteye inda ariko se wamurega ngo ari inde ugufasha?.”

    Indi mpamvu yavuze ko ishingiye ku kwirinda ko bazagirana ibibazo n’abana babo cyangwa bakagirana amakimbirane n’imiryango yabo, cyane ko iyo batangiye gukura usanga bahora bababaza ba se.

    Umwe yagize ati “Umuntu arabyihorera kuko n’ubundi usanga ari ukwikururira ibibazo no kuzana urwangano n’umuryango w’iwabo w’umuhungu uba waguteye inda, ikindi ni uko umwana iyo akuze akakubaza se akumva waramufungishije, ntabwo agukunda cyangwa ngo bimushimishe.”

    Aba bana batewe inda bakiri bato bahamya ko hari igihe bananga kugaragaza ababateye inda cyangwa kubarega bitewe n’uko hari n’igihe ababyeyi babyumvikanaho.

    Gihozo (izina ryahinduwe) watewe inda afite imyaka 16, yagize ati “Njye nanze kumuvuga kuko ababyeyi bacu barabimenye baraganira babirangiriza mu muryango ku buryo ubu asigaye amfasha rero ntiwarega umuntu kandi uzi ko aguha buri kintu mu gihe umureze Polisi cyangwa abo bayobozi ntacyo bagufasha na gito.”

    Kutaganirizwa n’ababyeyi byagaragajwe nk’intandaro yo gutwara inda hakiri kare

    Aba bana banemeza ko hari ubwo baterwa inda bashukishijwe ibintu bakeneye kubera ubukene, abandi bagashorwa mu mibonano mpuzabitsina kubera kutagira ubumenyi ku buryo bakora imibonano mpuzabitsina ariko bakirinda ibyago birimo gutwara inda no kurwara indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina.

    Gihozo ati “Hari ubwo ubana n’ababyeyi ntibakuganirize, ntabakugurire n’ikintu na kimwe noneho wahura n’umusore akaba ari byo agushukisha, ugashiduka muryamanye cyangwa se bakayigutera kubera amakimbirane uhora ubona hagati y’ababyeyi bawe noneho wagenda bakayigutera.”

    Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, Bayisenge Jeannette, ubwo yari mu ruzindiko mu Karere ka Musanze, yagaragaje ko n’ubwo ibyaha bifitanye isano n’amakimbirane yo mu miryango bigabanyuka, icyo gusambanya abana kiza ku isonga, kandi ko ari ikintu giteye isoni n’agahinda.

    Ati “Icyaha kiri ku isonga ni icyo gusambanya abana nabyo rwose bitari ibintu by’umuco nyarwanda, biteye isoni, biteye agahinda ni agahomamunwa kuba wabona umubyeyi yasambanyije umwana we, ukabona nyirarume yamusambanyije.”

    Impuzamiryango yita ku Burenganzira bwa Muntu, CLADHO, yo igira inama ababyeyi yo kudatererana abana babo bazizwa ko batwaye inda imburagihe, ahubwo bakababa hafi kugira ngo badahura n’ibindi bibazo byinshi kurushaho.

    Abana baterwa inda bakiri bato bagaragaje ko impamvu zituma batarega ababateye inda

  • Yarekuwe! Byukusenge Jennifer yavuze ihohoterwa yakorewe muri Uganda ashinjwa kuba intasi y’u Rwanda –

    Byukusenge yashimuswe tariki ya 5 Mata nyuma yo kugera muri iki gihugu agiye gusura nyina umubyara aho yari yahageze tariki ya 3 Mata ajyanywe n’indege ya Rwandair.

    Uyu mukobwa wiga muri Kaminuza ya Mount Kenya yavuze ko yageze muri iki gihugu agiye gusura nyina ariko akaba afiteyo n’abandi bantu benshi baziranye.

    Ngo ubwo yari agiye gusura imwe mu nshuti ze y’Umunyarwanda nibwo yahamagawe n’umwe mu basore b’Abagande bamenyaniye mu Rwanda ari umukiliya we ubwo yatangaga serivisi za M Pesa amusaba ko basuhuzanya ngo kuko yari yabonye ko ari muri Uganda biciye mu mafoto yari yashyize ku mbuga nkoranyambaga.

    Uyu musore ngo yamubajije aho aherereye undi arahamubwira ahita amubwira ko bari mu gace kamwe amusaba kumwemerera akaza kumusuhuza, ngo bitewe n’uko n’ubundi iyo yabaga yagiyeyo n’ubundi yamusuhuzaga, yahise amwemerera undi araza arahamusanga asohoka agiye kumusuhuza niko gutabwa muri yombi.

    Ati “Mu modoka yazanye n’abagabo bagera kuri bane ndasohoka mu gipangu njya kumusuhuza, ijambo nibuka twavuganye yarambwiye ngo narabyibushye, ni uko mbona yicaye imbere mu modoka ifite ibirahure byijimye ndamusuhuza nsuhuza n’umushoferi n’undi mugabo wari wicaye inyuma.”

    “Imbere hari abagabo bahise baza bansanga bahita bavuga ko twese turi abanyabyaha, ntangira kubabaza ikibazo gihari ahubwo batangira kunsunika mu modoka uwo musore yari arimo.”

    Byukusenge yavuze ko bahise bamusunikira muri ya modoka wa musore yari yicayemo ariko ntibamubwira ikibazo gihari, bamugejeje mu modoka bamubwira nabi nawe ari kurira ngo nibwo yabonye ko bose bafite imbunda, bagenda bamujijisha ko uwo musore ariwe bashakaga ko we bari bumurekure.

    Ati “Tugeze imbere wa musore bamuhindurira imodoka bamushyira mu modoka isanzwe ya Taxi Voiture njye nkomezanya nab o, nahise ngira ubwoba bwinshi batangira kuncekekesha banshyirisha umutwe hasi ntangira kuvunika umugongo banjyana ahantu ntazi kuko ntanarebaga aho tujya.”

    Yavuze ko agejejwe aho bajyaga bamwambitse ikigofero mu mutwe bamutwara ahantu mu bwiherero (toilette) aho yafungiwe icyumweru n’igice.

    Umunsi wa mbere akigeramo ngo haje umuntu amuha akantu k’akamatera gato n’akaringiti we yiyumvisha ko bagiye kumwica akomeje kumviriza neza yumva mu kandi kumba hari undi Munyarwanda uhafungiwe uhamaze iminsi ndetse ngo yanamusizeho.

    Uyu musore ngo niwe wamukomeje amusaba gusenga kandi agakomera.

    Umunsi wa kabiri ubwo yari afunzwe ataramenya icyo azira ngo nibwo baje bamukura muri ako kumba bamujyana kumubaza uwamutumye muri Uganda.

    Ati “ Barankubise bikomeye ku buryo ikibuno, amatako ndetse no mu birenge hababaraga cyane nanirwa no kuryama ahubwo ndara nicaye, bankubitaga banyita inshuti ya Kagame bakambaza uwo naje kureba.”

    Uyu mukobwa w’imyaka 24 yavuze ko ubwo abasirikare bo muri iki gihugu bamukubitaga bamubazaga ubwoko bwe akabasubiza ko ari Umunyarwanda ari nako bamubwira ko yatumwe na Kagame ariko ko bagiye kumuhindura ikimuga.

    Byukusenge yavuze ko ku munsi wa gatatu bamukuye muri ka kumba bamujyana kumusaka bahereye kuri ya nshuti ye yari yasuye ubwo bamufataga, yavuze ko bagezeyo bakahasanga imashini y’umuntu wari wayimuhaye mu Rwanda ngo ayishyire umwana we wigaga muri Makerere bayikurayo bakomereza kwa nyina naho basaka imyenda ye yazanye nyuma bamusubiza kumufungira muri ka kumba.

    Nyuma y’iminsi mike ngo yakuwe muri ka kumba ashyirwa ahandi hantu yasanze abandi Banyarwandakazi babiri nabo bahafungiwe, ngo nta muntu wajyaga abasura. Bakuweyo kuri uyu wa 5 Gicurasi bazanwa mu Rwanda.

    Ntazi aho yafungiwe

    Byukusenge yavuze ko ahantu yari afungiwe ari mu kigo cya gisirikare ariko atapfa kumenya aho ariho ngo kuko bahoraga babapfutse ku buryo utahamenya neza, yavuze ko atamenya neza niba hari abandi bahafungiye uretse uwo muhungu wamwihanganishije akimusangayo abandi ngo ntiyamenyaga aho babafungira.

    Byukusenge agira inama abantu batega indege bakajya muri iki gihugu kwitonda ngo kuko amazi atakiri ya yandi isaha n’isaha wahafatirwa ugakorerwa iyicarubozo nk’iryo yakorewe.

    Ati “Nihereyeho, urugero ni ukwitonda cyane kuko nanjye ndahamya neza ko nta kintu nazize, narakubiswe, ndazwa mu musarani ahantu hasa nabi cyane nyamara ntazi icyo nzira nabagira inama yo kwirinda kujya muri Uganda kuko abazajyayo bazakorerwa iyicarubozo.”

    Byukusenge yavuze ko ibyanditswe by’uko yari atwite atari byo ndetse ngo nta n’ubukwe afite ahubwo yagiye muri iki gihugu agiye gusura umubyeyi we ngo kuko bari bamaze igihe batabonana, uyu mukobwa yagiye muri Uganda mu gihe yaherukagayo mu 2018.

    Byukusenge Jennifer yavuze ko mu gihe yari amaze muri Uganda yakorewe iyicarubozo

  • Nyamasheke: Abavumvu bagaragaje inzitizi zigituma umusaruro w’ubuki uba mucye –

    Bimwe muri ibyo bibazo harimo kutabona amahugurwa, kutabona ibikoresho bigezweho no kuba hari imwe mu miti iterwa mu bihingwa ikica inzuki kandi ari zo zibaha ubuki.

    Ntwari Yoweri, umwe mu bagize koperative y’abavumvu ikorera mu murenge wa Kagano, avuga ko kuba umusaruro ukiri muke hari ibyonnyi birya inzuki ndetse n’imiti iterwa mu bihingwa ikica inzuki.

    Ati “Umusaruro uracyari muke ariko ku buryo inzuki zipfa, zifite ibyonnyi byinshi bizirya kandi n’iriya miti batera mu myaka igenda izica ugasanga mu muzinga hasigayemo inzuki nke.”

    Umurisa Vestine yemeza ko muri iyi minsi umusaruro utari mwiza kuko amashyamba asarurwa akiri mato, ndetse bikanaterwa no kutagira ibikoresho bihagije n’ubumenyi bwo gukora umwuga w’ubuvumvu.

    Ati “Nta bikoresho bihagije dufite, amashyamba bayasarura atari yera, kandi kutagira ubumenyi buhagije bituma hari abagikora ubuvumvu mu buryo bwa gakondo. Ibyo byose bibonewe umuti ubuki bwabasha kwiyongera.”

    Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyamashek bwatangiye gushaka igisubizo kuri ibi biazo kugira ngo umusaruro w’ubuki ubashe kwiyongera.

    Muri ibyo bisubizo harimo gutanga ibikoresho bya kijyambere, gutanga amahugurwa no gukangurira aborozi b’inzuki gutera indabyo kugira ngo umusaruro urusheho kwiyongera, nk’uko bisobanurwa n’Umuyobozi w’Akarere ka Nyamasheke Wungirije, Ushinzwe Ubukungu, Ntaganira Josue Michael.

    Ati “Intego ni ukugira ngo abantu bumve agaciro k’ubuvumbu, hari ibikoresho bya kijyambere batari bafite, ikindi Akarere kacu gafite amashyamba menshi no gusuzuma ko ubuvumvu buhabereye maze bagende bahashyira imitiba. Dufite gahunda yo gutera indabyo, macadamia, moringa n’ibindi biti byatanga ubuki.”

    Bimwe mu bikoresho byatanzwe n’umuryango wa World Vision bifite agaciro ka miliyoni 10 Frw ariko buri koperative ikazishyura 30% y’ibikoresho yahawe guhera mu mwaka wa 2022 kugeza muri 2023.

    Mu karere ka Nyamasheke hari amakoperative 14 akora umwuga w’ubuvumvu mu mashyamba atandukanye arimo n’ishyamba rya Nyungwe. Umwaka ushize, umusaruro w’aka karere mu buki wari toni 19.

    Aborozi b’inzuki barasabwa ubufasha mu kuzamura umusaruro w’inzuki zabo

  • Mageragere: Biyemeje kubakira amacumbi abarimu binubiraga kujya kuhigisha –

    Ku wa 2 Gicurasi 2021, nibwo aba babyeyi bafatanyije n’ubuyobozi bw’Ishuri rya GS Buye n’inshuti batangiye gukusanya amafaranga yo kuzubaka icumbi rya mwarimu mu kubagabanyiriza urugendo bakora bajya kuhigisha. Ni icumbi bivugwa ko rizuzura ritwaye miliyoni 39Frw.

    Muri uyu muhango abarimu ba GS Buye n’ababyeyi ndetse n’inshuti z’iki kigo bakusanyije arenga miliyoni 2 Frw.

    Ababyeyi bemeza ko iri shuri rya Buye riherereye mu Kagari ka Kavumu riri kure ngo ku buryo abarimu baryigishaho usanga amafaranga bahembwa ashirira mu ngendo.

    Nyuma yo kubona urugendo rurerure abarimu bigisha kuri iri shuri bakora, ababyeyi bahisemo gutangiza gahunda yo kububakira icumbi kugira ngo bibaruhure ari nako bizamura ireme ry’uburezi.

    Nzamurambaho Frederic uri mu barimu bigisha kuri iki kigo, yavuze ko urugendo rubavuna kuko bibasaba kubyuka saa kumi za mu gitondo kugira ngo bagere mu kazi ku gihe.

    Ati “Iki kigo giherereye ahantu kure ku musozi ku buryo kuva mu gasantere ka Mageragere no kuhagera harimo ibirometero 10 kandi ikindi nkatwe tuhatuye tuva mu rugo saa Kumi z’ijoro kugira ngo tuhagere kare n’abakoresha moto ku munsi bakoresha 3000Frw.”

    Yakomeje avuga ko “kuba bagiye kububakira icumbi bizabafasha mu ngendo kandi bikanongera ireme ry’uburezi kuko bazajya bahagerera igihe kandi batananiwe.”

    Umuyobozi wungirije wa komite y’ababyeyi barerera kuri iki kigo cya GS Buye, Musabimana Théogène yabwiye IGIHE, ko bahisemo kubaka icumbi rya mwarimu mu korehereza abarimu bigisha muri iki kigo bitewe n’urugendo rurerure bakora.

    Ati “Ubusanzwe abarimu b’aha babyuka saa Kumi za mu gitondo kugira ngo bahagere kare kandi usanga nabwo bahagera bananiwe cyane , mu gitondo twavuga ko baba bagifite ingufu ariko nyuma ya saa Munani bose baba bananiwe ku buryo abana batiga neza. Ikindi hari abarimu boherezwaga n’Akarere ntibongere kugaruka kubera ko ari kure kuko kubona 3000 Frw ya moto biragoye.”

    Umuyobozi wa GS Buye, Niyoyita François yavuze ko yizeye ko icumbi rya mwarimu niryuzura nta mwarimu uzongera kujya yanga gukorera kuri iki kigo.

    Ati “ Nko mu mwaka twaburaga abarimu icyenda kuko wasangaga baza mu minsi mike ntibagaruke kuko ishuri riri kure cyane ariko ubu bwo byaragabanutse ni muri urwo rwego twizeye ko icumbi rya mwarimu niryuzura ibibibazo bizagabanuka.”

    Ikigo cya GS Buye kigamo abanyeshuri 1204 bigishwa n’abarimu 29 barimo batandatu bigisha mu mashuri yisumbuye.

    Abarimu bigisha mu Rwunge rw’amashuri rwa Buye ruri mu Murenge wa Mageragere mu Karere ka Nyarugenge bagiye kubakirwa amacumbi