Tag: featured

  • Huye: Imiryango itari iya Leta yasabwe ubuvugizi mu kuvugurura imitangire ya serivise z’ubutaka –

    Abo baturage basabye ko imiryango itari iya Leta isanzwe ibakorera ubuvugizi, yakwita no kuri icyo kibazo kiri muri serivise z’ubutaka kigakemurwa mu buryo burambye.

    Umwe mu baturage ati “Ni ikibazo kidukomereye cyane kuko kugira ngo umuntu ahabwe icyangombwa cyo kubaka biragoye. Nanjye maze igihe ngishaka ariko nsanga abakozi badahari cyangwa nabasanga ku kazi bakambwira ngo tegereza, hashira iminsi nasubirayo ngo tegereza. Ubu nayobewe uko nzabigenza, wagira ngo baba bashaka ko tubaha ruswa.”

    Undi muturage yasabye ko imiryango itari iya Leta isanzwe ibakorera ubuvugizi yakwinjira no muri icyo cya serivise z’ubutaka.

    Ati “Imiryango itari iya Leta izadufashe ibikoreho nk’uko yadufashije ibindi birimo imisoro n’ibyiciro by’ubudehe. Iki kintu cy’imitangire ya serivise mu by’ubutaka mu Karere ka Huye kirabangamye. Kubona icyangombwa cyo kubaka bishobora kugufata umwaka wose ukibyirukankamo utaragihabwa.”

    Abaturage baganiriye na IGIHE bavuze ko hari bamwe bimwa ibyangombwa byo kubaka bigatuma bubaka badafite uruhushya bagasenyerwa.

    Umuhuzabikorwa wa Association Modeste et Innocent (AMI) Bizimana Jean Baptiste, yavuze ko icyo kibazo na we yahuye nacyo kandi kuba gikunze kugaragara ku bantu benshi, gishobora gukorerwa ubuvugizi kigakemuka ku bufatanye n’inzego za leta.

    Ati “Icyo kintu ni cyo kuko nanjye ubwanjye byambayeho, cyane cyane iyo ugiyeyo akenshi usanga badahari ariko wabaza bakakubwira ko bagiye gukorera hanze y’ibiro, noneho ugasanga njye byambayeho n’undi byamubayeho, n’undi ni uko.”

    “Ibyo ni ibintu bishobora gukemuka abantu bashyizeho uburyo bw’imikorere, hagashyirwaho umunsi wo gukemura ibibazo by’ubutaka abaturage bakaba bawuzi. Urumva ibyo ni ibintu twakemura.”

    Bizimana yakomeje avuga ko ku bufatanye n’indi miryango itari iya Leta irenga 20 bari gushaka uburyo bajya bakorera hamwe kugira ngo ubuvugizi bakorera abaturage bwumvikane neza.

    Yavuze ko mu byo bazarebera hamwe harimo n’ibibazo bibangamiye abaturage kugira ngo bikeneye ubuvugizi mu nzego zitandukanye.

    Umukozi ushinzwe guhuza ibikorwa by’abafatanyabikorwa mu Karere ka Huye, Kayitare Leo Pierre, avuga ko imiryango itari iya leta ibafasha muri byinshi kuko ubuvugizi ikora butuma hari ibibazo byinshi bikemuka.

    Imiryango itari iya Leta igera kuri 20 ikorera mu Karere ka Huye yahurijwe hamwe na AMI kugira ngo irebere hamwe uko yahuza ijwi n’imbaraga mu gukorera ubuvugizi abaturage ku bibabangamiye.

    Abaturage basabye imiryango itari iya Leta ikorera mu Karere ka Huye kubakorera ubuvugizi mu kuvugurura imitangire ya serivise z’ubutaka

    [email protected]


  • Musanze: Ubuhamya bw’abagore biteje imbere babikesha ikimina –

    Mu buhamya bw’aba bagore, bagaragaza ko bahoze ari abagore bo mu rugo, bagakora imirimo yatumaga badahura ngo basangire ibitekerezo mu iterambere.

    Umuyobozi w’Ikimina ‘Abajyana n’Igihe’, Uzamukunda Esperance, yavuze ko batangiye bagamije kujya bitangira ubwisungane mu kwivuza ariko bikabanza kubananira, gusa bakiyemeza gukomeza kugera ubwo bageze ku ntego yabo.

    Yagize ati “Twatangiye muri 2016, twahuraga ku mugoroba w’ababyeyi ariko ugasanga ikibazo cya mituweli kiragenda kigaruka, uwo mwaka ntitwahise tubigeraho ariko ntitwacitse intege twarakomeje. Twari 12 ariko ubu turi ingo 155 kandi abagore nibo benshi kuko ari 145 mu gihe abagabo ari 10”.

    Akomeza avuga ko kuri ubu bamaze gutera imbere kuko bamaze kugira amafaranga arenga miliyoni 4 Frw, ndetse bakaba barajwe ishinga no gukora indi mishinga ibateza imbere.

    Yagize ati “Ubu umutungo wose dufite ni miliyoni 4.2 Frw, kandi tuzishyura mituweli ya 1.8 Frw. turateganya gukora ubworozi bw’inkoko, twamaze kwizigamira muri Ejo Heza kandi twiteguye gukomeza kuguriza bagenzi bacu kugira ngo turusheho kwiteza imbere”.

    Nyiraneza Claire nawe yagize ati “Nari umugore wirirwa mu rugo nkategereza ko umugabo ari we uzana amafaranga yo gukoresha, hari igihe namusabye amafaranga y’isabune mbona ko atabyakiye neza, maze ntangira kwizigamira ku mafaranga nari nagurishije ibihaza. umugabo yarabikunze ndetse aranshyigikira dufata inguzanyo tuguramo inka, ubu irahaka kandi turafatanya mu kuyishyura dusigajemo ibihumbi 15 Frw mu bihumbi 100 Frw bari baduhaye”.

    Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, Bayisenge Jeannette, uherutse gusura iki Kimina, yavuze ko ibi byerekana ko abagore bashoboye, bityo ko badakwiye kwitesha amahirwe y’iterambere no gukomeza gushingira iterambere ry’umuryango ku bagabo gusa.

    Yagize ati “Aba bagore babikoze neza kandi burya abagore bagaragaje ubushobozi ntibagomba kwitesha amahirwe bahabwa yo kwitera imbere. Icyo dusaba abagabo ni ukubashyigikira muri uru rugendo rw’iterambere. Turifuza umuryango uteye imbere kandi utekanye, niyo mpamvu twese dukwiriye gushyiramo imbaraga, niba tugamije kubaka umuryango uteye imbere kandi utekanye tugomba no kwirinda amakimbirane yo mu miryango ariko uruhare rw’umuturage ni ntasimburwa kubera ko ari nawe uba aba muri bya bibazo”.

    Ikimina Abajyana n’Igihe gifite abanyamuryango

    bari mu ngo 155 bakaba bamaze kugira ubwizigame bwa miliyoni 4 Frw.

    Itsinda ry’Abajyana n’Igihe ryiteje imbere rinyuze mu kwizigamira mu kimina

  • Rubavu: Umushinjacyaha n’umukozi wa MAJ bakurikiranyweho ruswa y’ibihumbi 500 Frw –

    Umuvugizi w’Umusigire w’Urwego rw’igihugu Rushinzwe Ubugenzacyaha, RIB, Dr Murangira B. Thierry, yemeje amakuru avuga ko bafunzwe kubera kwaka indonke hamwe n’uwayitanze mu gihe iperereza rigikomeje.

    Ati “Bakurikiranweho icyaha cyo kwakira no gusaba ruswa. Bafunganywe n’undi ukurikiranweho icyaha cyo gutanga ruswa kugira ngo umukobwa we wari ufunzwe akurikiranweho cyo kwiyitirira umwirondoro utari uwe n’icyaha cy’ubuhemu adakurikiranwa. Bafungiwe kuri Station ya RIB iri ku Gisenyi mu gihe iperereza rigikomeje kugira ngo dosiye ishyikirizwe ubushinjacyaha.”

    Yakomeje aburira abaturage ko RIB itazihanganira abarya ruswa kuko imunga ubukungu bw’igihugu, ikabangamira n’itangwa rya serivise inoze n’iyubahirizwa ry’uburenganzira bwa muntu kandi nta muntu wari ukwiriye kuba akora imirimo ashinzwe kubera ko yahawe indonke.

    Yasabye abaturage kujya batanga amakuru ku buryo bwagenwe bahamagara kuri 166 cyangwa bakandikira kuri E-Menyesha mu gihe babonye cyangwa baketse ahantu hari gukorerwa icyaha, ndetse anashimira abaturage bagira uruhare mu gutanga amakuru.

    Ingingo ya 4 y’ Itegeko N°54/2018 ryo kuwa 13/08/2018 ryerekeye kurwanya ruswa ivuga ko gusaba, kwakira cyangwa gutanga indonke, rivuga, umuntu wese usaba, utanga cyangwa wakira, mu buryo ubwo ari bwo bwose, indonke iyo ari yo yose, kuri we cyangwa ku wundi muntu cyangwa akemera amasezerano yabyo kugira ngo akore cyangwa adakora ikiri mu nshingano ze cyangwa yifashishije imirimo ye kugira ngo gikorwe cyangwa kidakorwa aba akoze icyaha.

    Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kirenze imyaka itanu ariko kitarenze imyaka irindwi n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda yikubye inshuro kuva kuri eshatu kugeza kuri eshanu z’agaciro k’indonke yatse cyangwa yakiriye.

    RIB yataye muri yombi umushinjacyaha n’umukozi wa MAJ mu Karere ka Rubavu

  • Perezida Kagame yayoboye Inama y’Abaminisitiri –

    Ibiro by’Umukuru w’Igihugu, Village Urugwiro byatangaje ku rukuta rwa Twitter ko iyi nama yabaye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu. Byitezwe ko iyi nama ishobora kuza gufatirwamo ingamba zitandukanye zo kwirinda COVID-19 no koroshya zimwe mu zari zisanzweho.

    Abagize guverinoma baherukaga guterana biga ku ngamba zo guhashya Covid-19, ku wa 14 Mata 2021, ari nabwo bafashe imyanzuro irimo kuba mu Turere twa Ruhango, Nyanza, Huye, Gisagara, Nyaruguru na Nyamagabe mu Majyepfo ingendo zibujijwe guhera saa Moya z’ijoro.

    Inama y’Abaminisitiri iheruka kandi yibukije abaturage bose ko ari ngombwa kubahiriza amabwiriza yo kwirinda COVID-19 harimo gusiga intera hagati y’umuntu n’undi, kwambara agapfukamunwa no gukaraba intoki.

    Imibare imaze iminsi itangazwa na Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda igaragaza ko mu bice byo hirya no hino mu gihugu hari uturere turimo Karongi, Kirehe n’ahandi hamaze iminsi hagaragara ubwandu bwinshi bwa Coronavirus, mu gihe mu Mujyi wa Kigali imibare igenda igabanyuka.

    Minisante igaragaza ko kuva muri Werurwe 2020, ubwo umuntu wa mbere wanduye Coronavirus yagaragaraga mu Rwanda, hamaze gufatwa ibipimo 1 326 706 byagaragayemo abanduye 25 351.

    Ni mu gihe ku rundi ruhande abantu 23 523 bamaze gukira iki cyorezo, mu gihe abakirwaye ari 1 491 barimo umwe urembye. Abamaze guhitanwa na Coronavirus ni 337. Imibare y’abamaze gukingirwa ni 350 310.

    Abayobozi batandukanye bitabiriye iyi nama

    Perezida Kagame yayoboye inama y’Abaminisitiri yiga ku ngingo zitandukanye

    Perezida Kagame ari kumwe na Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Dr Vincent Biruta

    Amafoto: Village Urugwiro


  • Kigali: Polisi yerekanye abantu icyenda bakekwaho ubujura no kugura ibyibano –

    Bane muri abo bari barakoze itsinda mu gihe abandi bakekwaho kugura ibyibwaga. Mu bikoresho byibwe harimo mudasobwa, telefone na televiziyo.

    Aba bagabo uko ari icyenda bafatiwe mu Mujyi wa Kigali ku wa 2 Gicurasi 2021.

    Umwe muri aba bafashwe usanzwe ukomoka mu Karere ka Rullindo, yabwiye itangazamakuru ko bari bamaze umwaka bari muri ubu bujura.

    Yavuze ko kugira ngo bagere kuri uwo mugambi, bakoranaga n’umumotari ubafasha kugeza ibyo bikoresho ku muguzi.

    Mu gusobanura uko bakoraga ubu bujura yagize ati “Hari aho twagendaga tugasanga amadirishya afunguye kandi n’aho tudasanze hakinguye tukahakingura dukoresheje icyuma.”

    Yavuze ko yicuza ibyaha yakoze ndetse ko atakongera gukora ibinyuranye n’amategeko, agasaba abantu bagikora ibyo byaha kubireka.

    Ukekwa kuba yari inyuma yabyo akagura ibyibwaga, yavuze ko yari asanzwe akora akazi ko gukora ibikoresho by’ikoranabuhanga bitandukanye mu gihe byagize ikibazo.

    Yavuze ko yahamagawe n’umumotari amubwira ko hari umuntu wahombye akabari bityo ko hari televiziyo zigurishwa. Yavuze ko nyuma yagiyeyo arazigura ariko ntiyahabwa inyemezabwishyu kuko zari zigikorwa zitaraboneka ari nayo makosa avuga ko yaguyemo.

    Ati “Ikibazo cyabayemo ari naryo kosa naguyemo ntabwo nigeze njya kwaka inyemezabwishyu, ikindi yari yambwiye ko inyemezabwishyu nta zihari amaze igihe azikoresha ngendera kuri icyo cyizere ndagura.”

    Yavuze ko atazongera kugwa mu makosa yo kugura ikintu atatse inyemeza bwishyu.

    Kamali Patrick atuye mu Karere ka Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali, wari wibwe televiziyo na mudasobwa, yavuze ko umunsi yibwa yabyutse agasanga inzu irangaye.

    Yashimiye Polisi uburyo yakoranye ubunyamwuga mu kugaruza bimwe mu byibwe ndetse no guta muri yombi ababikoze.

    Ati “Ni ibyishimo kandi ndashimira Polisi ubushobozi n’ingufu mu gufata aba bajura ndumva rwose ntacyo batakoze.”

    Umuvugizi wa Polisi y’Igihugu, CP John Bosco Kabera yavuze ko Polisi itazahwema guta muri yombi abiba iby’abandi.

    Ati” Iyo abaturage batanze amakuru turayakurikirana, byumvikane y’uko utafashwe uyu munsi ejo azafatwa, icyo tuba dukeneye ni amakuru. N’uwateganyaga kwiba iri joro ahari bwibe haramenyekana n’ abajura bafite gahunda yo kwiba babireka kuko nta kiza kirimo.”

    Aba nibaramuka bahamijwe ibi byaha bazafungwa igihe kitari munsi y’umwaka umwe ariko kitarenze imyaka ibiri n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni imwe ariko atarenze miliyoni ebyiri n’imirimo rusange mu gihe cy’amezi atandatu cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.

    Aba bantu uko ari icyenda bakekwaho ubujura no kugura ibyibwe

  • Agahinda k’abana baterwa inda bakanga kurega ababahohoteye –

    Aba bana batewe inda bemeza ko hari ibintu bitandukanye bituma bahishira ababahohoteye mu kurengera inyungu zabo.

    Uwase (izina ryahinduwe) wo mu Murenge wa Ndera, Akarere ka Gasabo watewe afite imyaka 16 y’amavuko, yemeza ko biba bigoye ko umuntu arega uwamuteye inda igihe aba ari we umufasha muri buri kintu cyose akeneye.

    Ati “Ubu warega umusore waguteye inda kandi ajya agufasha buri kintu mu gihe uba uzi neza ko numurega bari buhite bamufunga kandi Leta ntijye igufasha? Wenda iyaba babaga banadufasha byari kujya bituma umuntu arega uwamuteye inda ariko se wamurega ngo ari inde ugufasha?.”

    Indi mpamvu yavuze ko ishingiye ku kwirinda ko bazagirana ibibazo n’abana babo cyangwa bakagirana amakimbirane n’imiryango yabo, cyane ko iyo batangiye gukura usanga bahora bababaza ba se.

    Umwe yagize ati “Umuntu arabyihorera kuko n’ubundi usanga ari ukwikururira ibibazo no kuzana urwangano n’umuryango w’iwabo w’umuhungu uba waguteye inda, ikindi ni uko umwana iyo akuze akakubaza se akumva waramufungishije, ntabwo agukunda cyangwa ngo bimushimishe.”

    Aba bana batewe inda bakiri bato bahamya ko hari igihe bananga kugaragaza ababateye inda cyangwa kubarega bitewe n’uko hari n’igihe ababyeyi babyumvikanaho.

    Gihozo (izina ryahinduwe) watewe inda afite imyaka 16, yagize ati “Njye nanze kumuvuga kuko ababyeyi bacu barabimenye baraganira babirangiriza mu muryango ku buryo ubu asigaye amfasha rero ntiwarega umuntu kandi uzi ko aguha buri kintu mu gihe umureze Polisi cyangwa abo bayobozi ntacyo bagufasha na gito.”

    Kutaganirizwa n’ababyeyi byagaragajwe nk’intandaro yo gutwara inda hakiri kare

    Aba bana banemeza ko hari ubwo baterwa inda bashukishijwe ibintu bakeneye kubera ubukene, abandi bagashorwa mu mibonano mpuzabitsina kubera kutagira ubumenyi ku buryo bakora imibonano mpuzabitsina ariko bakirinda ibyago birimo gutwara inda no kurwara indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina.

    Gihozo ati “Hari ubwo ubana n’ababyeyi ntibakuganirize, ntabakugurire n’ikintu na kimwe noneho wahura n’umusore akaba ari byo agushukisha, ugashiduka muryamanye cyangwa se bakayigutera kubera amakimbirane uhora ubona hagati y’ababyeyi bawe noneho wagenda bakayigutera.”

    Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, Bayisenge Jeannette, ubwo yari mu ruzindiko mu Karere ka Musanze, yagaragaje ko n’ubwo ibyaha bifitanye isano n’amakimbirane yo mu miryango bigabanyuka, icyo gusambanya abana kiza ku isonga, kandi ko ari ikintu giteye isoni n’agahinda.

    Ati “Icyaha kiri ku isonga ni icyo gusambanya abana nabyo rwose bitari ibintu by’umuco nyarwanda, biteye isoni, biteye agahinda ni agahomamunwa kuba wabona umubyeyi yasambanyije umwana we, ukabona nyirarume yamusambanyije.”

    Impuzamiryango yita ku Burenganzira bwa Muntu, CLADHO, yo igira inama ababyeyi yo kudatererana abana babo bazizwa ko batwaye inda imburagihe, ahubwo bakababa hafi kugira ngo badahura n’ibindi bibazo byinshi kurushaho.

    Abana baterwa inda bakiri bato bagaragaje ko impamvu zituma batarega ababateye inda

  • Yarekuwe! Byukusenge Jennifer yavuze ihohoterwa yakorewe muri Uganda ashinjwa kuba intasi y’u Rwanda –

    Byukusenge yashimuswe tariki ya 5 Mata nyuma yo kugera muri iki gihugu agiye gusura nyina umubyara aho yari yahageze tariki ya 3 Mata ajyanywe n’indege ya Rwandair.

    Uyu mukobwa wiga muri Kaminuza ya Mount Kenya yavuze ko yageze muri iki gihugu agiye gusura nyina ariko akaba afiteyo n’abandi bantu benshi baziranye.

    Ngo ubwo yari agiye gusura imwe mu nshuti ze y’Umunyarwanda nibwo yahamagawe n’umwe mu basore b’Abagande bamenyaniye mu Rwanda ari umukiliya we ubwo yatangaga serivisi za M Pesa amusaba ko basuhuzanya ngo kuko yari yabonye ko ari muri Uganda biciye mu mafoto yari yashyize ku mbuga nkoranyambaga.

    Uyu musore ngo yamubajije aho aherereye undi arahamubwira ahita amubwira ko bari mu gace kamwe amusaba kumwemerera akaza kumusuhuza, ngo bitewe n’uko n’ubundi iyo yabaga yagiyeyo n’ubundi yamusuhuzaga, yahise amwemerera undi araza arahamusanga asohoka agiye kumusuhuza niko gutabwa muri yombi.

    Ati “Mu modoka yazanye n’abagabo bagera kuri bane ndasohoka mu gipangu njya kumusuhuza, ijambo nibuka twavuganye yarambwiye ngo narabyibushye, ni uko mbona yicaye imbere mu modoka ifite ibirahure byijimye ndamusuhuza nsuhuza n’umushoferi n’undi mugabo wari wicaye inyuma.”

    “Imbere hari abagabo bahise baza bansanga bahita bavuga ko twese turi abanyabyaha, ntangira kubabaza ikibazo gihari ahubwo batangira kunsunika mu modoka uwo musore yari arimo.”

    Byukusenge yavuze ko bahise bamusunikira muri ya modoka wa musore yari yicayemo ariko ntibamubwira ikibazo gihari, bamugejeje mu modoka bamubwira nabi nawe ari kurira ngo nibwo yabonye ko bose bafite imbunda, bagenda bamujijisha ko uwo musore ariwe bashakaga ko we bari bumurekure.

    Ati “Tugeze imbere wa musore bamuhindurira imodoka bamushyira mu modoka isanzwe ya Taxi Voiture njye nkomezanya nab o, nahise ngira ubwoba bwinshi batangira kuncekekesha banshyirisha umutwe hasi ntangira kuvunika umugongo banjyana ahantu ntazi kuko ntanarebaga aho tujya.”

    Yavuze ko agejejwe aho bajyaga bamwambitse ikigofero mu mutwe bamutwara ahantu mu bwiherero (toilette) aho yafungiwe icyumweru n’igice.

    Umunsi wa mbere akigeramo ngo haje umuntu amuha akantu k’akamatera gato n’akaringiti we yiyumvisha ko bagiye kumwica akomeje kumviriza neza yumva mu kandi kumba hari undi Munyarwanda uhafungiwe uhamaze iminsi ndetse ngo yanamusizeho.

    Uyu musore ngo niwe wamukomeje amusaba gusenga kandi agakomera.

    Umunsi wa kabiri ubwo yari afunzwe ataramenya icyo azira ngo nibwo baje bamukura muri ako kumba bamujyana kumubaza uwamutumye muri Uganda.

    Ati “ Barankubise bikomeye ku buryo ikibuno, amatako ndetse no mu birenge hababaraga cyane nanirwa no kuryama ahubwo ndara nicaye, bankubitaga banyita inshuti ya Kagame bakambaza uwo naje kureba.”

    Uyu mukobwa w’imyaka 24 yavuze ko ubwo abasirikare bo muri iki gihugu bamukubitaga bamubazaga ubwoko bwe akabasubiza ko ari Umunyarwanda ari nako bamubwira ko yatumwe na Kagame ariko ko bagiye kumuhindura ikimuga.

    Byukusenge yavuze ko ku munsi wa gatatu bamukuye muri ka kumba bamujyana kumusaka bahereye kuri ya nshuti ye yari yasuye ubwo bamufataga, yavuze ko bagezeyo bakahasanga imashini y’umuntu wari wayimuhaye mu Rwanda ngo ayishyire umwana we wigaga muri Makerere bayikurayo bakomereza kwa nyina naho basaka imyenda ye yazanye nyuma bamusubiza kumufungira muri ka kumba.

    Nyuma y’iminsi mike ngo yakuwe muri ka kumba ashyirwa ahandi hantu yasanze abandi Banyarwandakazi babiri nabo bahafungiwe, ngo nta muntu wajyaga abasura. Bakuweyo kuri uyu wa 5 Gicurasi bazanwa mu Rwanda.

    Ntazi aho yafungiwe

    Byukusenge yavuze ko ahantu yari afungiwe ari mu kigo cya gisirikare ariko atapfa kumenya aho ariho ngo kuko bahoraga babapfutse ku buryo utahamenya neza, yavuze ko atamenya neza niba hari abandi bahafungiye uretse uwo muhungu wamwihanganishije akimusangayo abandi ngo ntiyamenyaga aho babafungira.

    Byukusenge agira inama abantu batega indege bakajya muri iki gihugu kwitonda ngo kuko amazi atakiri ya yandi isaha n’isaha wahafatirwa ugakorerwa iyicarubozo nk’iryo yakorewe.

    Ati “Nihereyeho, urugero ni ukwitonda cyane kuko nanjye ndahamya neza ko nta kintu nazize, narakubiswe, ndazwa mu musarani ahantu hasa nabi cyane nyamara ntazi icyo nzira nabagira inama yo kwirinda kujya muri Uganda kuko abazajyayo bazakorerwa iyicarubozo.”

    Byukusenge yavuze ko ibyanditswe by’uko yari atwite atari byo ndetse ngo nta n’ubukwe afite ahubwo yagiye muri iki gihugu agiye gusura umubyeyi we ngo kuko bari bamaze igihe batabonana, uyu mukobwa yagiye muri Uganda mu gihe yaherukagayo mu 2018.

    Byukusenge Jennifer yavuze ko mu gihe yari amaze muri Uganda yakorewe iyicarubozo

  • Perezida Kagame yakoze impinduka mu buyobozi bwa Kaminuza y’u Rwanda –

    Prof Dr Nosa wahawe inshingano muri UR yari asanzwe ari umwarimu wigisha mu ishami ry’ibidukikije ndetse akaba no mu buyobozi bwa Kaminuza yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ya SUNY ESF [State University of New York College of Environmental Science and Forestry].

    Ni mu mpinduka zakozwe n’Inama y’Abaministiri yateraniye muri Village Urugwiro kuri uyu wa Gatatu tariki 5 Gicurasi 2021, iyobowe na Perezida Kagame.

    Ubusanzwe Kaminuza y’u Rwanda yari ifite abayobozi bane bungirije barimo ushinzwe imyigishirize n’ubushakashatsi, ushinzwe igenamigambi n’imiyoborere, ushinzwe iterambere ndetse n’ushinzwe imari. Gusa mu mpinduka zakozwe bagabanyijwe bagirwa batatu.

    Dr Musafiri Papias Malimba, wari usanzwe ari Umuyobozi wungirije wa Kaminuza y’u Rwanda ushinzwe Igenamigambi n’Imiyoborere, yagumishijwe muri uyu mwanya ariko ahabwa inshingano zivuguruye z’Umuyobozi Wungirije Ushinzwe Igenamigambi n’iterambere rya UR.

    Ku rundi ruhande, Françoise Kayitare Tengera wari ushinzwe imari nawe yongerewe inshingano ahabwa kuba Umuyobozi Wungirije ushinzwe Imari n’Imiyoborere.

    Ibyo wamenya kuri Prof Dr Nosa

    Dr. Nosa Egiebor, ni umwarimu mu ishami ry’ibidukikije. Yabanje kuba umuyobozi uri ku rwego rwo hejuru muri Kaminuza ya SUNY ESF.

    Uyu mugabo ukomoka muri Nigeria, ni Enjeniyeri w’umwuga ufite impamyabumenyi ihanitse mu bijyanye na ‘Chemical-Metallurgical Engineering’ yakuye muri Queen’s University iri ahitwa Kingston mu Mujyi wa Ontario mu gihugu cya Canada.

    Mu myaka irenga 30 amaze ari umwarimu, Dr Egiebor yagiye akora mu myanya y’ubuyobozi ndetse akanayobora amashami atandukanye muri Kaminuza zo muri Canada na Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

    Yatangiriye ibijyanye no kwigisha nk’umuntu wari ufite impamyabumenyi ihanitse muri Kaminuza ya Alberta yo mu Mujyi wa Edmonton muri Canada.

    Uyu mugabo ibijyanye n’ubushakashatsi nabyo abifitemo uburambe kuko nko mu myaka ya 2011-2014 yari Visi perezida ushinzwe Uburezi Mpuzamahanga n’Ubushakashatsi muri Kaminuza ya Tuskegee University iherereye muri Leta ya Alabama.

    Kuva mu mu 2014 kugeza mu 2017 yakoraga muri Kaminuza ya Mississippi. Ni umwarimu mpuzamahanga akaba umushakashatsi ndetse unakora akazi ko kwigisha muri kaminuza zirimo Berlin University mu Budage, Ankara University muri Turukiya n’izindi.

    Uyu mugabo kandi amaze kwandika inyandiko zirenga 100 zifashishishwa ndetse akunda gutanga amasomo n’ibiganiro mu nama zaba izo muri Amerika ndetse n’izindi mpuzamahanga.

    Prof Dr Nosa O. Egiebor wagizwe Umuyobozi Wungirije Ushinzwe imyigishirize n’Ubushakashatsi muri Kaminuza y’u Rwanda

    Dr Musafiri Malimba yagizwe Umyobozi Wungirije muri UR ushinzwe Igenamigambi n’Iterambere

    Françoise Kayitare Tengera yagizwe Umuyobozi Wungirije Ushinzwe Imari n’Imiyoborere muri UR. Yari asanzwe ashinzwe imari gusa

  • Huye: Imiryango itari iya Leta yasabwe ubuvugizi mu kuvugurura imitangire ya serivise z’ubutaka –

    Abo baturage basabye ko imiryango itari iya Leta isanzwe ibakorera ubuvugizi, yakwita no kuri icyo kibazo kiri muri serivise z’ubutaka kigakemurwa mu buryo burambye.

    Umwe mu baturage ati “Ni ikibazo kidukomereye cyane kuko kugira ngo umuntu ahabwe icyangombwa cyo kubaka biragoye. Nanjye maze igihe ngishaka ariko nsanga abakozi badahari cyangwa nabasanga ku kazi bakambwira ngo tegereza, hashira iminsi nasubirayo ngo tegereza. Ubu nayobewe uko nzabigenza, wagira ngo baba bashaka ko tubaha ruswa.”

    Undi muturage yasabye ko imiryango itari iya Leta isanzwe ibakorera ubuvugizi yakwinjira no muri icyo cya serivise z’ubutaka.

    Ati “Imiryango itari iya Leta izadufashe ibikoreho nk’uko yadufashije ibindi birimo imisoro n’ibyiciro by’ubudehe. Iki kintu cy’imitangire ya serivise mu by’ubutaka mu Karere ka Huye kirabangamye. Kubona icyangombwa cyo kubaka bishobora kugufata umwaka wose ukibyirukankamo utaragihabwa.”

    Abaturage baganiriye na IGIHE bavuze ko hari bamwe bimwa ibyangombwa byo kubaka bigatuma bubaka badafite uruhushya bagasenyerwa.

    Umuhuzabikorwa wa Association Modeste et Innocent (AMI) Bizimana Jean Baptiste, yavuze ko icyo kibazo na we yahuye nacyo kandi kuba gikunze kugaragara ku bantu benshi, gishobora gukorerwa ubuvugizi kigakemuka ku bufatanye n’inzego za leta.

    Ati “Icyo kintu ni cyo kuko nanjye ubwanjye byambayeho, cyane cyane iyo ugiyeyo akenshi usanga badahari ariko wabaza bakakubwira ko bagiye gukorera hanze y’ibiro, noneho ugasanga njye byambayeho n’undi byamubayeho, n’undi ni uko.”

    “Ibyo ni ibintu bishobora gukemuka abantu bashyizeho uburyo bw’imikorere, hagashyirwaho umunsi wo gukemura ibibazo by’ubutaka abaturage bakaba bawuzi. Urumva ibyo ni ibintu twakemura.”

    Bizimana yakomeje avuga ko ku bufatanye n’indi miryango itari iya Leta irenga 20 bari gushaka uburyo bajya bakorera hamwe kugira ngo ubuvugizi bakorera abaturage bwumvikane neza.

    Yavuze ko mu byo bazarebera hamwe harimo n’ibibazo bibangamiye abaturage kugira ngo bikeneye ubuvugizi mu nzego zitandukanye.

    Umukozi ushinzwe guhuza ibikorwa by’abafatanyabikorwa mu Karere ka Huye, Kayitare Leo Pierre, avuga ko imiryango itari iya leta ibafasha muri byinshi kuko ubuvugizi ikora butuma hari ibibazo byinshi bikemuka.

    Imiryango itari iya Leta igera kuri 20 ikorera mu Karere ka Huye yahurijwe hamwe na AMI kugira ngo irebere hamwe uko yahuza ijwi n’imbaraga mu gukorera ubuvugizi abaturage ku bibabangamiye.

    Abaturage basabye imiryango itari iya Leta ikorera mu Karere ka Huye kubakorera ubuvugizi mu kuvugurura imitangire ya serivise z’ubutaka

    [email protected]


  • Musanze: Ubuhamya bw’abagore biteje imbere babikesha ikimina –

    Mu buhamya bw’aba bagore, bagaragaza ko bahoze ari abagore bo mu rugo, bagakora imirimo yatumaga badahura ngo basangire ibitekerezo mu iterambere.

    Umuyobozi w’Ikimina ‘Abajyana n’Igihe’, Uzamukunda Esperance, yavuze ko batangiye bagamije kujya bitangira ubwisungane mu kwivuza ariko bikabanza kubananira, gusa bakiyemeza gukomeza kugera ubwo bageze ku ntego yabo.

    Yagize ati “Twatangiye muri 2016, twahuraga ku mugoroba w’ababyeyi ariko ugasanga ikibazo cya mituweli kiragenda kigaruka, uwo mwaka ntitwahise tubigeraho ariko ntitwacitse intege twarakomeje. Twari 12 ariko ubu turi ingo 155 kandi abagore nibo benshi kuko ari 145 mu gihe abagabo ari 10”.

    Akomeza avuga ko kuri ubu bamaze gutera imbere kuko bamaze kugira amafaranga arenga miliyoni 4 Frw, ndetse bakaba barajwe ishinga no gukora indi mishinga ibateza imbere.

    Yagize ati “Ubu umutungo wose dufite ni miliyoni 4.2 Frw, kandi tuzishyura mituweli ya 1.8 Frw. turateganya gukora ubworozi bw’inkoko, twamaze kwizigamira muri Ejo Heza kandi twiteguye gukomeza kuguriza bagenzi bacu kugira ngo turusheho kwiteza imbere”.

    Nyiraneza Claire nawe yagize ati “Nari umugore wirirwa mu rugo nkategereza ko umugabo ari we uzana amafaranga yo gukoresha, hari igihe namusabye amafaranga y’isabune mbona ko atabyakiye neza, maze ntangira kwizigamira ku mafaranga nari nagurishije ibihaza. umugabo yarabikunze ndetse aranshyigikira dufata inguzanyo tuguramo inka, ubu irahaka kandi turafatanya mu kuyishyura dusigajemo ibihumbi 15 Frw mu bihumbi 100 Frw bari baduhaye”.

    Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, Bayisenge Jeannette, uherutse gusura iki Kimina, yavuze ko ibi byerekana ko abagore bashoboye, bityo ko badakwiye kwitesha amahirwe y’iterambere no gukomeza gushingira iterambere ry’umuryango ku bagabo gusa.

    Yagize ati “Aba bagore babikoze neza kandi burya abagore bagaragaje ubushobozi ntibagomba kwitesha amahirwe bahabwa yo kwitera imbere. Icyo dusaba abagabo ni ukubashyigikira muri uru rugendo rw’iterambere. Turifuza umuryango uteye imbere kandi utekanye, niyo mpamvu twese dukwiriye gushyiramo imbaraga, niba tugamije kubaka umuryango uteye imbere kandi utekanye tugomba no kwirinda amakimbirane yo mu miryango ariko uruhare rw’umuturage ni ntasimburwa kubera ko ari nawe uba aba muri bya bibazo”.

    Ikimina Abajyana n’Igihe gifite abanyamuryango

    bari mu ngo 155 bakaba bamaze kugira ubwizigame bwa miliyoni 4 Frw.

    Itsinda ry’Abajyana n’Igihe ryiteje imbere rinyuze mu kwizigamira mu kimina