Tag: featured

  • Abanyamuryango ba Rotary International bibutse abazize Jenoside, basaba urubyiruko kwima amatwi abayipfobya –

    Rotary International mu Rwanda igizwe n’amatsinda anyuranye kandi mu byiciro bitandukanye aho nko mu cyiciro cy’abakuze harimo amatsinda 6, ariyo Rotary club Kigali Doyen, Rotary club Mont Jali, Rotary club Kigali Virunga, Rotary club Kigali Gasabo, Rotary club Musanze Murera na Rotary club Butare.

    Hari kandi amatsinda yashingiwe mu banyeshuri biga muri kaminuza azwi nka Rotaract 4, ariyo Rotaract club SFB, Rotaract club KIE, Rotaract club ALU na Rotaract club Kigali City.

    Buri tsinda muri aya ryari rihagarariwe muri ibi bikorwa byo kwibuka basanzwe bakora buri mwaka cyane ko biri no muri zimwe mu nkingi z’umuryango Rotary International.

    Umuyobozi wungirije Guverineri wa Rotary mu Karere ka 9150 kagizwe n’ibihugu 10, akaba amuhagarariye mu Rwanda, Rugera Jeanette yavuze ko kwibuka bibafasha gukomeza kuzirikana amateka y’ibyabaye ndetse no kurushaho kwigisha urubyiruko.

    Yagize ati “Aba ari umwanya wo kongera kwibuka ibyabaye, tukazana n’urubyiruko ngo bamenye amateka y’u Rwanda, bamenye amateka ya Jenoside. Kandi dukomeze dukangurire Abanyarwanda ndetse n’Isi yose kurwanya jenoside no kurwanya abayipfobya, urubyiruko rukima amatwi abashaka kurushora mu bikorwa nk’ibyo.”

    Yavuze ko mu rwego rwo gufasha urubyiruko, Rotary ijya itegura ibiganiro hagatumirwa abantu bazobereye mu mateka no kwigisha kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside ndetse ko bakunze gutanga ubufasha ku banyeshuri barangije kaminuza bakajya kwiga ibijyanye n’uburyo bwo kubabungabunga amahoro no gukemura amakimbira mu kububakira ubushobozi.

    Rugera yasabye urubyiruko gusigasira umuco w’amahoro, kurangwa no gukorera hamwe, kwirinda amacakubiri kandi bakamenya amateka kugira ngo batayobywa.

    Umwe mu bagize uyu muryango akaba na Musenyeri ’Bishop’ mu idini rya Christian Light Church, Gapira Jean Faustin, yavuze ko urubyiruko rukwiye kuba maso rugashungura ibyo rwumva mu rwego rwo guhangana n’abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

    Yagize ati “Mpereye ku murimo nkora w’ivugabutumwa, duhura n’urubyiruko rwinshi, bityo inama tubahereza usanga ari uko bagomba kubana, bakabana amahoro, bakabana neza kandi bagashyira hamwe cyane ko n’ibyabaye akenshi byagaragaye ko urubyiruko rwagiye rubigiramo uruhare. Ikindi bakubaha ababyeyi babo ariko bakima amatwi ababoshya ndetse bagaharanira kwiteza imbere kuko iyo bakennye bituma bagira imitekerereze itari myiza.”

    Perezida w’itsinda ry’urubyiruko rya Rotaract Club SFB Kigali, Murungi Mariam, yavuze ko nabo nk’urubyiruko bibonamo imbaraga zo guhangana nabo bashaka kugoreka amateka nkana kandi ko ibikorwa nk’ibyo byo kwibuka bituma barushaho kunguka ubumenyi bwisumbuyeho ku mateka.

    Ati “Nk’urubyiruko twaje muri ibi bihe byo kwibuka dusubira inyuma tukamenya y’uko guhesha igihugu cyacu ibyo bacyambuye, aribyo urukundo no gufashanya, aho kugira ngo tube nk’abakoze Jenoside ahubwo duteze imbere u Rwanda.”

    Murungi yasabye urubyiruko rugenzi rwe kutareka abagoreka amateka y’u Rwanda ahubwo bakinjira muri urwo rugamba rwo guhangana nabo bavuga ukuri badategwa kandi bitabateye ipfunwe.

    Ubusanzwe Umuryango Rotary International umaze imyaka 116, ugizwe n’abanyamuryango basaga miliyoni 1.2 mu bihugu 200 ukoreramo usanzwe ukora ibikorwa bitandukanye mu ngeri zose, haba mu buzima, uburezi, kubungabunga ibidukikije no guteza imbere imibereho myiza y’abaturage.

    Abanyamuryango ba Rotary International bunamiye inzirakarengane zishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

    Murungi Mariam yasabye bagenzi be guhagurukira rimwe bakarwanya abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi

  • Abantu 12 biyitaga aba ‘men’ bafashwe bambura abaturage bifashishije telefone –

    Ni urubyiruko ruri hagati y’imyaka 19 na 28 rwiyitaga aba ‘Men’, bamwe muri bo bemera icyo cyaha bakagaragaza uko babikoze ariko bagasaba imbabazi ko baramutse barekuwe batazongera kubikora.

    Umwe yagize ati “Hashize amezi ane mbigiyemo, noherereza umuntu message y’umwuka (ubutumwa) bw’uko abonye amafaranga ubundi nkamubwira ngo yayobye nkamusaba kuyansubiza. Hari uyaguha hari n’uyakwima.”

    Undi na we yunzemo ati “Njyewe narabikoze mbwira umuntu ko nibeshye mwoherereza amafaranga ibihumbi 14Frw maze mubwira kuyansubiza maze arayampa tuyagabana na bagenzi banjye. Narabikoze ariko ubu ndi kubitekerezaho ndamutse mbabariwe sinazongera kubikora.”

    Umuvugizi w’Umusigire w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Ubugenzacyaha, Dr Murangira B.Thierry yavuze ko aba bafashwe bafitanye isano n’abandi bigeze gukora ibi byaha.

    Ati “Muri aba bantu bafashwe harimo abafitanye isano bakaba barimo abafite ababyeyi babo n’abavandimwe babo bafunzwe bazira icyaha nk’iki cy’ubwambuzi bushakana. Abenshi muri bo bari aba-agents b’amasosiyete y’itumanaho, bafite ubumenyi bwo gushuka abantu bakoresheje za kode babikuza cyangwa bakohereza amafaranga.”

    Dr Murangira B.Thierry yasabye abanyarwanda kurwanya ibi byaha batanga amakuru y’aho biri kubera, yemeza ko by’umwihariko abatuye mu Mirenge ya Nkungu, Gashonga na Nyakarenzo bakwiye guhaguruka bakarwanya aba bayita aba-men babashyiraho isura mbi.

    Abafashwe baramutse bahamwe n’icyaha cyo kurema umutwe w’abagizi ba nabi bahanishwa igihano kitari munsi y’imyaka irindwi ariko kitarengeje imyaka icumi naho icyaha cyo kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya kibahamye bafungwa imyaka itari munsi y’ibiri ariko itarengeje imyaka itatu n’ihazabu ya miliyoni eshatu kugera kuri miliyoni eshanu z’Amafaranga y’u Rwanda.

    Abafashwe baturuka mu Mirenge ya Nkungu na Nyakarenzo

    Bimwe mu bikoresho bifashisha mu bikorwa byo kwiba abantu bafatanywe

  • Muduteye ishema:Ubutumwa bwa Perezida Kagame ku babyeyi b’abagore –

    Umunsi Mpuzamahanga w’Umubyeyi w’Umugore (Mother’s Day) wizihizwa buri mwaka ku Cyumweru cya kabiri cy’ukwezi kwa Gicurasi. Muri uyu mwaka ukaba wizihijwe kuri uyu wa 9 Gicurasi 2021.

    U Rwanda rwifatanyije n’Isi yose mu kwizihiza uyu munsi mpuzamahanga uzirikanwaho agaciro k’umubyeyi w’umugore ndetse n’uruhare agira mu mibereho y’umuryango.

    Perezida Kagame, abinyujije kuri Twitter ni umwe mu bifurije ababyeyi b’abagore umunsi mwiza.

    Ati “Umunsi mwiza w’umubyeyi w’umugore. Ku babyeyi b’abagore bose/ku mubyeyi w’umugore wa buri umwe. Muduteye ishema.”

    Umunsi Mpuzamahanga w’Umubyeyi w’umugore uje usanga hari byinshi byamaze guhinduka mu buzima bwe n’ubw’abandi bagore muri rusange, birimo guhabwa uburenganzira bungana n’abagabo, kugarurirwa icyizere bagashyirwa mu nzego z’ubuyobozi ndetse no gushyirirwaho amategeko atabahutaza mu kazi.

    Muri Guverinoma y’u Rwanda harimo abagore bagera kuri 50 %, byerekana agaciro n’ubushobozi by’umugore mu gihugu.

    Uretse muri Guverinoma, u Rwanda ni rwo ruyoboye ibindi bihugu byo ku Isi mu kugira abagore benshi mu Nteko Ishinga Amategeko, aho mu Mutwe w’Abadepite ubwiganze bwabo buri kuri 61.3%.

    Mu bucamanza ho abagore bangana na 49.6% mu gihe mu buyobozi bw’inama njyanama z’uturere ho bagera kuri 41%. Ibi birumvikana kuko Kuva mu 2003 Itegeko Nshinga rigena ko mu myanya yose itorerwa mu buyobozi no muri guverinoma, abagore bagomba kugiramo 30%.

    Ibi byose bituma u Rwanda ruza imbere mu ruhando rw’amahanga nk’igihugu gishyigikira ko umugabo n’umugore bagira amahirwe angana.

    Raporo ya 2019 y’Ihuriro ry’Abagize Inteko zishinga Amategeko (IPU) yerekana ko kuva mu 2017, u Rwanda ruri mu bihugu icyenda bifite abagore nibura 50% mu myanya ya ba Minisitiri cyangwa abanyamabanga ba Leta.

    Amateka y’uyu munsi

    Icyumweru cya kabiri cya Gicurasi, muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika no mu bindi bihugu bitandukanye ku Isi hizihizwa umunsi wahariwe umubyeyi w’umugore, washyiriweho kumushimira no kumuha agaciro.

    Uyu munsi ufite inkomoko mu myaka yo hambere watangijwe na Anna Jarvis mu rwego rwo guha icyubahiro nyina witabye Imana mu 1905. Ibi yabikoraga buri mwaka. Kuva icyo gihe, uyu munsi watangiye kuba ikimenyabose ndetse ukitabirwa n’abantu benshi.

    Hashize imyaka ibiri nyuma y’urupfu rw’umubyeyi we, kuwa 12 Gicurasi 1907 Anna Jarvis yahaye indabo ababyeyi bari baje kwizihiriza uyu munsi muri Kiliziya ya St. Andrew iherereye i Grafton mu Burengerazuba bwa Virginia. Indabo zera zakoreshejwe icyo gihe zahise zitangira gukoreshwa muri uyu muhango.

    Uyu munsi mukuru w’Ababyeyi w’abagore warizihijwe cyane maze mu 1914 uwari Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Woodrow Wilson, awemeza nk’uw’ikiruhuko.

    Mu 1920, Anna Jarvis yamaze igihe kirekire arwanya igitekerezo cy’abashakaga guhindura inyito yawo. Akenshi usanga mu birori byo kuwizihiza, hari abawukoresha nk’iturufu yo gukurura abakiriya bafata amafunguro bakawuyitirira, ugasanga kuri uwo munsi bateguye ayitwa “Mother’s Day Salad”. Nyuma y’imyaka itanu yaje gufatirwa i Philadelphia yigaragambya yamagana iki cyemezo.

    Yijujutiye ko intego nyamukuru yawo yatangiye kononwa hagamijwe gushaka indonke inyuze mu bucuruzi kandi warashyiriweho guha icyubahiro ababyeyi b’abagore.

    Muri icyo gihe yanditse ibaruwa ivuga ko gufata umunsi mukuru w’ababyeyi ukabangamira abantu, ukawugira uhenze cyane nka Noheli bidashimishije.

    Muri iyo baruwa, Anna Jarvis, avuga ko niba Abanyamerika badafite ubushake bwo kurinda uyu munsi mukuru w’ababyeyi ukava mu minsi itwara amafaranga menshi afite uburyo azakoresha mu guhagarika uyu munsi mukuru ntuzongere kubaho.

    Anna Marie Jarvis yavukiye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika kuya 1 Gicurasi 1864, aza kwitaba Imana ku ya 24 Ugushyingo 1948.

    Uyu munsi udasanzwe ufasha imiryango kwereka ababyeyi babo b’abagore ko ari ab’ingenzi cyane, mu Bwongereza wizihijwe kuya 26 Werurwe uyu mwaka.

    Perezida Kagame yifurije ababyeyi b’abagore umunsi mwiza

  • Abatuye mu mirenge iheruka gushyirwa muri Guma mu rugo bagiye kugobokwa na Croix-Rouge –

    Bitewe n’ubwandu bushya bwa Covid-19 bukomeje kugaragara mu Murenge wa Rwamiko muri Gicumbi n’uwa Bwishyura yo mu karere ka Karongi, Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa 5 Gicurasi 2021 yanzuye ko ishyirwa muri gahunda ya Guma mu rugo kugira ngo hirindwe ubwiyongere bwayo.

    Mu birori byo kwizihiza isabukuru y’imyaka 59 Croix-Rouge y’u Rwanda imaze byabaye kuri uyu wa 08 Gicurasi 2021, Umunyamabanga Mukuru wayo, Karamaga Apolinaire yavuze ko nk’uko batahwemye kugoboka Abanyarwanda mu bihe bya Covid-19 bimaze umwaka urenga, bagiye kugoboka iyo mirenge yashyizwe muri Guma mu rugo.

    Yagize ati “Nibyo bafite ibibazo kandi bakeneye gufashwa, kandi ntitubitangiye ubu kuko kuva iki cyorezo cya Covid-19 cyagera mu Rwanda, Croix-Rouge yabaye mu ba mbere dufatanyije n’inzego za Leta, mu rwego rwo gushishikariza abaturage kwirinda iki cyorezo ndetse no kubafasha bahabwa ibiribwa n’ibindi. N’ubu muri Bwishyura abakorerabushake bacu barahari kandi bari mu bukangurambaga bashishikariza abaturage kwirinda iki cyorezo.”

    Yakomeje ati “Ibindi byago bishobora kubaho ni uko, hari abaturage bari batunzwe no kubaho umunsi ku munsi ku byo bakoreye, uyu munsi akabona 1000 Frw cyangwa 2000 Frw, iyo rero adashoboye kubibona biramuhungabanya. Ubu dufite itsinda rigari ry’abakoranabushake bakoze igenzura n’isesengura ndetse tumaze kubona raporo itubwira ibyo twakora birimo kubafasha. Navuga ko tuba twiteguye kandi hari ubushobozi dufite tukumva y’uko bitarenze iki cyumweru twinjiyemo ko bafashwa.”

    Yavuze ko n’ahandi batarakora isesengura nko muri Rwamiko ho muri Gicumbi bagiye kwihutira kurikora kugira ngo babone uko bafashwa mu gihe cya vuba.

    Ubusanzwe Croix-Rouge y’u Rwanda ivuga ko mu mwaka urenga Covid-19 imaze mu gihugu yakoresheje amafaranga agera kuri miliyari 1.5 Frw mu bikorwa binyuranye birimo ibyo gufasha abazahajwe na Covid-19 binyuze mu kubaha ibiribwa, udufukamunwa no kugura imiti ndetse n’ibikorwa.

    Ku ruhande rw’umuyobozi wari uhagarariye komite Nyobozi ya Croix-Rouge y’u Rwanda akaba n’ukuriye urubyiruko, Rubuga Alexia yabwiye IGIHE ko mu bufasha bw’ibanze bagomba gutanga harimo n’umusanzu w’urubyiruko rwo mbaraga z’ejo hazaza wo gukora ubukangurambaga no gufasha abafite intege nke.

    Yagize ati “Ibikorwa byose muri iyi minsi dukora usanga byiganjemo urubyiruko kuko natwe tubizi kandi tubivuga nizo mbaraga z’Igihugu. Urubyiruko kandi nirwo ruri gufata iya mbere mu gufasha abaturage kubahiriza amabwiriza yo kwirinda icyorezo. Mu by’ukuri twarabahuguye kandi bagenda tubizeye ko batanga umusaruro ukenewe kandi bakora ubutabazi bw’ibanze mu bihe bitandukanye.”

    Rubuga ashingira ku kuba mu bakoranabushake basaga ibihumbi 100 ba Croix-Rouge y’u Rwanda, abagera kuri 80% ari urubyiruko bityo bikaba bigaragaza uruhare rwabo mu bikorwa byo kurengera imbabare.

    Uhagarariye Croix-Rouge y’u Bubiligi mu Rwanda, Issa Sawadogo yashimye umuhate n’ubwitange Croix Rouge y’u Rwanda yagaragaje ndetse anagaragaza bimwe mu bikorwa byishimirwa byagezweho banagize mo uruhare. Yavuze ko bazakomeza kuba abafatanyabikorwa bayo nk’uko n’intego rusange ari imwe yo gutabara ikiremwamuntu ku Isi cyane ko Ibiza bidatateguza.

    Uretse gufasha mu bihe bya Covid-19, Croix-Rouge muri uyu mwaka yanafashije mu bikorwa binyuranye birimo no gutabara abahuye n’ibiza aho imiryango isaga ibihumbi 100 yafashijwe ndetse miliyoni zisaga 600 Frw zakoreshejwe muri ibyo bikorwa.

    Kuva Croix-Rouge yagera mu Rwanda yabaye umufasha wa Leta muri gahunda zitandukanye haba mu buzima, uburezi, imibereho myiza zirimoKugeza amazi meza ku baturage , kubakira amazu abatishoboye, gutanga amatungo ku miryango itishoboye , kurwanya indwara z’ibyorezo, kubakira Imiryango itishoboye Ubwiherero, Kurwanya imirire mibi hakorwa uturima tw’igikoni n’ibindi kandi ubuyobozi buvuga ko butazacogora kwita ku mbabare nk’intego nyamukuru y’umuryango.

    Abayobozi muri Croix Rouge Rwanda bavuze ko abatuye mu mirenge iheruka gushyirwa muri Guma mu rugo bagiye kubagoboka

    Uhagarariye Komite Nyobozi muri Croix Rouge Rwanda akaba n’Umuyobozi w’urubyiruko muri uyu muryango, yavuze ko muri ibi bikorwa byose bateganya bazafatanya n’urubyiruko

    Uhagarariye Croix Rouge y’u Bubiligi Issa Sawadogo (Uwambere uhereye iburyo) yavuze ko bazakomeza gutera inkunga u Rwanda

    Ibirori byo kwizihiza isabukuru y’imyaka 59 Croix-Rouge y’u Rwanda imaze itangiye byitabiriwe n’abantu batandukanye

  • Uko Prime Insurance yimakaje ikoranabuhanga mu gutanga serivisi z’ubwishingizi –

    Ingaruka za Coronavirus zageze mu nzego zose ariko hari izo yasanze zishikamye zishobora guhangana na zo. Mu bigo byiteguye kare harimo Prime Insurance Ltd, iri ku isonga mu bitanga serivisi z’ubwishingizi.

    Iki kigo cyari gisanganywe uburyo bwifashisha ikoranabuhanga muri serivisi zigenewe abakigana ariko cyarushijeho kuryimakaza.

    Umuyobozi Mukuru ushinzwe ibijyanye n’Ubucuruzi muri Prime Insurance, Uramutse Régis, yabwiye IGIHE ko bishimiye ko serivisi z’ubwishingizi zaguwe ndetse ziyobokwa na benshi.

    Yagize ati “Kwinjiza ikoranabuhanga muri serivisi dutanga twabimenye kare Coronavirus itaraza. Dufite ikoranabuhanga rifasha ugize impanuka kuyimenyekanisha atiriwe uzana dosiye ze. Ashobora guca ku rubuga rwa www.prime.rw, agashyiramo uko impanuka yagenze, ikakirwa.’’

    Uwishinganishije muri Prime Insurance Ltd ashobora kubona ko yaguze ubwishingizi bwe akoresheje telefoni igendanwa, akanamenya igihe buzarangirira. Ushaka iyi serivisi akanda *177#, agakurikiza amabwiriza kugeza ashoboye kugura ubwishingizi akanabona gihamya ko byakunze.

    Mu gukomeza gufasha abafatabuguzi, Prime Insurance Ltd, yashyizeho gahunda ibafasha kuganira binyuze muri “LiveChat” ikora amasaha 24/24.

    Uramutse yavuze ko ubajije ahita asubizwa bitarambiranye nibura mu gihe kitarenze umunota umwe.

    Ati “Ibyo ni byo twazanye mu buryo bwo korohereza Abanyarwanda ku buryo nubwo utaza ku ishami ryacu uba urifite mu biganza byawe.’

    Nyuma yo kwanduka kwa Coronavirus, abantu barushijeho guha agaciro kwizigamira no gushinganisha ahazaza habo.

    Uramutse yavuze ko abantu bagura ubwishingizi bw’inkongi ku bafite inzu, abizigamira binyuze mu “Ikimina cyacu” n’ubundi.

    Ati “Abanyarwanda bamaze kumva agaciro ka telefoni, ko atari iyo guhamagara gusa ahubwo ibafasha kubona serivisi zose bakeneye.’’

    Kuva muri Kamena 2021, Prime Insurance Ltd irateganya kuvugurura ikoranabuhanga ikoresha aho umaze kumenyekanisha impanuka azajya anayikurikirana.

    Uramutse yavuze ko icyo gihe umuntu ashobora gutanga nimero ya konti ye aciye ku rubuga rwa Prime rumenyekanishirizwaho impanuka, agafashwa kugeza yishyuwe.

    Yakomeje ati “Si ibyo gusa, turifuza ko uzajya uca ku rubuga rwacu ugahitamo serivisi ushaka, ugahitamo tukakwereka amafaranga wishyura ukayishyura ukabona kopi y’amasezerano ukemeza, ugahita ubona kuri email cyangwa ubutumwa bugufi kuri telefoni yawe.’’

    Serivisi z’ikoranabuhanga zitangwa na Prime Insurance zakunzwe n’Abanyarwanda bazikoresha ku buryo umubare w’abaziyobotse wikubye kabiri mu gihe cya vuba. Mu kwishyura na ho ntihirengagijwe kuko ashobora kwifashisha Mobile Money cyangwa ikarita ya Visa.

    Uramutse yibukije abaturarwanda ko ahazaza hategurwa vuba kuko umuntu atamenya igihe cy’ibyago.

    Ati “Turabwira Abanyarwanda ko bakwiye guteganyiriza ahazaza uyu munsi. Coronavirus iracyahari kandi ntitwagira abakiliya badafite ubuzima bwiza, dukomeze kubahiriza amabwiriza arimo kwambara agapfukamunwa neza no kurushaho kuzigamira ahazaza.’’

    Prime Insurance Ltd ibumbiyemo ibigo bibiri bitanga ubwishingizi burimo ubw’igihe gito bukubiyemo ubw’ibinyabiziga by’ubwoko bwose; ubw’inkongi z’umuriro/ububungabunga umutungo, ubw’imizigo, ubw’impanuka zonona umubiri, ubw’imirimo ijyanye n’inyubako z’ingeri zose, ubw’ingendo zo mu kirere ndetse ubw’igihe kirekire burimo ubw’amashuri y’abana, ubw’inguzanyo z’amabanki, ubw’izabukuru, ubw’impanuka zitewe n’akazi n’ubw’umuryango.

    Prime Insurance Ltd ifite amashami arenga 60 mu gihugu hose mu kwegereza Abanyarwanda serivisi z’ubwishingizi butagendeye ku gukekeranya. Isanzwe igira uruhare mu bikorwa bitandukanye ndetse ni umuterankunga wa Tour du Rwanda aho ihemba umukinnyi muto mwiza ahasorezwa buri gace k’isiganwa.

    Umuyobozi Mukuru ushinzwe ibijyanye n’Ubucuruzi muri Prime Insurance, Uramutse Régis, yavuze ko bishimiye ko serivisi z’ubwishingizi zaguwe ndetse ziyobokwa na benshi by’umwihariko izifashisha ikoranabuhanga

    Bamwe mu bafasha Prime Insurance mu bukangurambaga muri Tour du Rwanda2021

    Itsinda ry’abakozi ba Prime Insurance ryishimira uko ikoranabuhanga rikomeje kwimakazwa mu kugeza serivisi ku bakiliya

    Uwishinganishije muri Prime Insurance Ltd ashobora kubona ko yaguze ubwishingizi bwe akoresheje telefoni igendanwa, akanamenya igihe buzarangirira.

  • Menya ibiba mu ijoro usinziriye n’uko waritegura neza –

    Ni ibintu bisa nk’ibivukanwa aho n’abana b’impinja bigaragara ko batinya umwijima kandi nta muntu ubanje kubibigisha.

    Ese wari uzi ko ijoro ari ikintu cyiza cyane kuri wowe? Ko ariho ubwiza, ubwirinzi bw’indwara ndetse n’ ingufu z’umubiri bituruka?

    Abenshi batekereza ko iyo bari maso ari nabwo umubiri uba uri mu mirimo yawo, basinzira nawo ukaruhuka ntukore. Ariko siko biri! Nijoro ubwonko n’umubiri muri rusange bikomeza gukora cyane, bikora gusa imirimo itandukanye cyane n’iyo bikora ku manywa iyo umuntu ari maso.

    Muti ’ese ubwiza buhurira he n’ijoro?’ Abaganga b’uruhu berekana ko mu ijoro iyo umuntu asinziriye ari bwo ubwonko butangira ikigereranywa no “Gusana” umubiri, uba wiriwe wangirika ku mirasire y’izuba n’ibindi byinshi umuntu ahura na byo ku manywa. Iyo usinziriye ni bwo umubiri ukora intungamubiri yitwa Collagen, ariyo ifasha kurwanya ko uruhu rwizingazinga nk’urw’abakuze, ikanarurinda kumagara.

    Iyo usinziriye kandi ni bwo umubiri wawe unyuza amaraso menshi hafi y’uruhu aribyo bituma umuntu agaragara nk’ufite uruhu rwiza rushashagirana, kuryama nabi ndetse no kutaryama igihe kinini bituma amaraso atagera ku ruhu uko bikwiye ndetse ingaruka zabyo ntizitinda kugaragara ku ruhu aho ureba umuntu ukabibona ko asa n’unaniwe atarinze kubikubwira.

    Iyo amaraso adatemberera hafi y’uruhu kandi binagera ku maso, ari ho ha mbere hagaragara ko umuntu arushye cyane, ubasha kuryama neza amasaha hagati y’arindwi n’umunani ategekwa na muganga ahorana amaso meza abengerana.

    Iki kibazo cy’amaraso adatemberera ku ruhu ku bantu baryama nabi cyangwa gake kandi gikora no ku misatsi. Imisatsi ikura intungamubiri zayo mu maraso ngo ikure, ise neza. Iyo itakizibona ni bwo itangira gucika no kugaragara nabi nk’indabo zidaheruka amazi.

    Abahanga bemeza kandi ko iyo usinziriye ari bwo umubiri wihutira gukora abasirikare bashya b’umubiri bo guhangana n’indwara izo arizo zose ziba zizawutera, kuryama igihe gito cyane no kuryama nabi byangiza iri korwa ry’abasirikare b’umubiri bigatera intege nke zo kuba nyirawo yarwaragurika.

    Kuribwa ahantu runaka nyuma yo gukora siporo ni ibisanzwe. Biba bisobanuye ko aho hakurya hari uturemangingo tuba “twacitse” kubera imyitozo. Impamvu umuntu akomera uko akomeza gukora siporo ni uko, uko utwo turemangingo ducitse ariko umubiri ukora utundi tudusimbura dukomeye kurushaho.

    Ibyo nta kindi gihe bikorwa neza nk’iyo umuntu asinziriye cyangwa yaryamye neza, mu gihe siporo itagira kuruhuka neza ishobora guteza ibindi bibazo.

    -  Nta muntu utifuriza umuryango we gusa neza no kugira amagara meza

    “Nta bitotsi ngira”, “Ndwara umugongo”, “Ndwara umutwe cyane”, izi ni indwara zibaho, zifata umuntu kenshi mu gitondo akibyuka cyangwa nijoro akigera ku buriri. Kuryama ukicura kenshi, kubyuka ukumva umeze nk’uwahanutse akitura hasi, uribwa umugongo, umutwe n’ahandi, ibi byose ni bake bamaze kumenya ibanga ry’uko batarwara izo ndwara ahubwo baryama kuri matelas n’imisego bitaboneye cyangwa bishaje bikaba aribyo bibatera kuramuka nabi.

    Abasigaye, bazi ibanga ryo kubyukana umutuzo mu Rwanda, umwenyura ko wagize ijoro ryiza, matelas n’imisego bya Rwanda Foam biguha agahenge buri joro, n’akanyabugabo buri gitondo ko guhangana n’inzitizi ku nzozi zawe.

    Rwanda Foam ni uruganda rurusha izindi uburambe mu Rwanda mu gufasha abaturarwanda kuruhuka neza no gusarura imbuto zo gusinzira neza; ruri mu baterankunga b’imena ba Tour du Rwanda.

    Mbifurije ijoro ryiza!

    Umuntu ni we ufite mu biganza bye kugira ijoro ryiza binyuze mu kuryama aheza nko kuri Matelas za Rwanda Foam

  • Minisitiri w’Intebe wa Centrafrique yashimiye Abapolisi b’u Rwanda bamucungira umutekano –

    Muri iki gikorwa cyabaye ku wa 7 Gicurasi 2021, Filimin Ngrebada yashyikirije aba bapolisi b’u Rwanda certificats z’ishimwe. Aba bapolisi bagize itsinda ry’abapolisi b’u Rwanda 140 bari muri iki gihugu mu butumwa bw’umuryango w’abibumbye bugamije kubungabunga amahoro.

    Aba bapolisi 140 bafite inshingano zo kurinda abayobozi bakuru muri Centrafrique, barimo na Minisitiri w’Intebe n’abandi banyacyubahiro.

    Umuhango wo kubashyikiriza izi certificats wabereye mu biro bya Minisitiri w’Intebe biherereye mu Murwa Mukuru Bangui.

    Minisitiri w’intebe Ngrebada yashimiye Abapolisi b’u Rwanda ku murava n’ubunyamwuga bikomeje kubaranga kuva bahabwa inshingano zo kumurinda muri Mutarama 2020.

    Yagize ati “Uyu munsi ndabashimira ubwitange bwanyu, ikinyabupfura n’ubunyamwuga bibaranga mu kazi kanyu ka buri munsi ndetse no mu ngendo twagiranye mu bice bitandukanye by’iki gihugu. Ndabashimira uburyo mukorana nk’ikipe kandi ndanabashimira uburyo mukorana n’abasirikare bacu mu gusohoza inshingano zabo.”

    Mu izina rya Perezida wa Centrafrique no mu izina ry’abaturage b’iki gihugu, Minisitiri w’intebe yashimiye Leta y’u Rwanda ku mbaraga ikoresha mu kugarura umutekano n’iterambere mu gihugu cye.

    Yagarutse ku ruhare rw’Abapolisi b’u Rwanda mu kubungabunga umutekano mu bihe by’amatora aherutse kuba muri iki gihugu, avuga ko ubufatanye bwaranze Abapolisi b’u Rwanda n’izindi nzego z’umutekano muri iki gihugu byatumye imitwe yitwaje intwaro itabona icyuho cyo guhungabanya umutekano mu matora.

    Minisitiri w’intebe yifurije ibihe byiza Abapolisi b’u Rwanda no kuzakomeza umurava bagira igihe cyose bazaba barasubiye mu gihugu cyabo.

    Umuyobozi w’itsinda ry’Abapolisi b’u Rwanda bashinzwe kurinda abayobozi muri Centrafrique, CSP Valens Muhabwa yashimiye Minisitiri w’Intebe wa Centrafrique ku bw’ishimwe yageneye abapolisi bamurinda.

    Yagize ati “Dufashe uyu mwanya kugira ngo tugushimire ku bufasha bwanyu n’imikoranire myiza kuva twatangira gukorana mu mwaka wa 2020 kugeza uyu munsi. Izi certificats zisobanuye byinshi kuri twe nk’itsinda, turashimira itsinda ryose ryo mu biro byanyu ndetse n’abaturage b’iki gihugu kuko ubufatanye bwanyu natwe nibwo butuma tubasha gusohoza inshingano zacu.”

    CSP Muhabwa yasezeranyije ko Polisi y’u Rwanda izakomeza ubufatanye n’imikoranire myiza mu bijyanye n’umutekano n’imibereho myiza mu baturage ba Centrafrique.

    Minisitiri w’Intebe wa Centrafrique, Filimin Ngrebada yashimiye Abapolisi b’u Rwanda bashinzwe kumurinda

    Uyu muhango wo gushimira Abapolisi b’u Rwanda wabereye mu Murwa Mukuru, Bangui

    Amafoto: Polisi y’u Rwanda


  • Gatsibo: Hagiye gushyirwa hanze urutonde rw’abagabo bateye inda abangavu batarafatwa ngo babiryozwe –

    Ibi byatangajwe kuri iki Cyumweru tariki ya 8 Gicurasi 2021, ubwo habaga inama nyunguranabitekerezo yari igamije kurebera hamwe ibibazo bibangamiye uburenganzira bw’umwana, ikibazo cy’ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’ingamba zo gukumira inda ziterwa abana b’abangavu.

    Akarere ka Gatsibo ni aka kabiri mu gihugu mu kugira umubare munini w’abangavu baterwa inda nyuma y’Akarere ka Nyagatare, mu myaka ibiri ishize abangavu 775 bamaze guterwa inda, abagabo bafashwe ni 278 abagera kuri 209 bari mu nzira z’ubutabera mu nkiko banafunze mu gihe 69 barekuwe kuko habuze ibimenyetso bigaragara.

    Umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo, Gasana Richard yavuze ko iki kibazo basanze kibakomereye cyane nyuma yo gushyiraho ubukangurambaga butandukanye burimo ubwamaze ukwezi kose ndetse ndetse n’ubundi bwamaze ibyumweru bibiri bafatanyije na RIB ariko n’ubundi bugasiga iri hohoterwa rikigikorerwa abangavu.

    Yavuze ko abagabo 497 aribo basigaye gutabwa muri yombi nyuma yo gusambanya abangavu bakabatera inda, avuga ko bafatiwe ingamba zirimo gukora rutonde rwabo rugashyirwa ku karubanda hagamijwe kubafata bagashyikirizwa ubutabera.

    Meya Gasana yakomeje agira ati “ Zimwe mu ngamba dufite ni ukugira imidugudu izira ibyaha abakuru b’imidugudu bose bamaze gusinya iyo mihigo ibyo twiyemeje byose bikagerwa, gukomeza ibiganiro n’ababyeyi n’imiryango tukazanafatanya n’amadini n’amatorero.”

    Tumusenge Wilson uri mu bafatanyabikorwa yavuze ko biteguye gufatanya n’ubuyobozi bw’Akarere mu kurwanya abatera inda abangavu ndetse n’ibindi byaha. Yavuze ko nk’abafatanyabikorwa biteguye gutanga umusanzu wose ushoboka ariko abatera inda abangavu bakabiryozwa.

    Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Emmanuel Gasana, yasabye abaturage gushyira hamwe n’ubuyobozi ku gukumira no kurwanya ibyaha cyane cyane inda ziterwa abangavu n’ihohoterwa rikorerwa mu ngo, yavuze ko buri wese akwiriye gufata ingamba kuburyo mu kwezi kumwe aka Karere kaba gasubiranye ishema ryabo.

    Ati “ Umuturage afite uruhare rukomeye cyane kubera ko ibyaha bibera mu mudugudu we no mu rugo rwe, twese nitubishyiramo imbaraga abatarafatwa bagafatwa bagashyikirizwa inzego zibishinzwe iki kibazo kizakemuka.”

    Guverineri Gasana yavuze ko ubukangurambaga bwatangijwe bwo kugira umudugudu utarangwamo icyaha izabafasha mu gukumira ibi byaha ngo kuko ari gahunda izagenzurwa cyane kugera ku muturage.

    Intara y’Iburasirazuba imaze imyaka myinshi ifite uturere tuza ku isonga mu kugira abana benshi bahohoterwa, mu turere dukunze kuza imbere hari Akarere ka Nyagatare, Gatsibo, Kirehe, Bugesera n’utundi.

    Abatuye iyi Ntara bavuga ko kimwe mu bituma iki cyaha kiyikorerwamo cyane biterwa n’ababyeyi badohotse ku nshingano zo kurera abana babo abandi bakavuga ko abashuka abangavu biyongera ku bwinshi ngo kuko imiryango ishyira imbere kumvikana n’uwateye inda umwana wabo aho kumushyikiriza ubutabera.

    Mu bindi byaha biteza umutekano muke mu Karere ka Gatsibo byavuzwe harimo ubujura buciye icyuho aho mu mezi atatu ashize habayemo ubujura bukomeye 39, gukubita no gukomeretsa habonetsemo ibyaha 46, ihohoterwa ry’abangavu 24 kwangiza iby’abandi, ibiyobyabwenge n’ibindi byaha bitandukanye.

    Abayobozi mu nzego zitandukanye bitabiriye iki gikorwa

    Guverineri Gasana yasabye abaturage gufatanya n’ubuyobozi mu kurwanya abasambanya abana

  • Nyarugenge: Serena Hotel yoroje abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi –

    Abahawe inka ni abarakotse batanu barimo abagore babiri n’abagabo batatu batuye mu Kagari ka Nyabugogo.

    Umuyobozi Mukuru wa Kigali Serena Hotel, Daniel Sambai, yavuze ko nubwo amahoteli ari mu byakozweho bikomeye n’icyorezo cya COVID-19, Serena itari kubura gufata mu mugongo abarokotse Jenoside.

    Ati “Twatekereje guha inka abarokotse Jenoside muri iki gihe gikomeye kuko twumvaga dushaka gukora ikintu gitandukanye n’ibyo twakoze mu myaka yatambutse. Iyo uhaye umuntu inka uba umworoje, uba umuhaye amata, kandi iyo ibyaye, uwayihawe yoroza undi muryango bityo bikagera kuri benshi. Niyo mpamvu twatekereje gukora ikintu kizaramba.”

    Umuyobozi ushinzwe Abakozi muri Kigali Serena Hotel, Erick Mugesera, yasobanuye ko iki igikorwa hoteli akorera yakoze ari ngarukamwaka ndetse ko giha icyizere cyo kubaho abarokotse Jenoside.

    Ati “Iki gikorwa tugifata nk’ubutumwa duha abarokotse Jenoside tubabwira ko batari bonyine, bari kumwe natwe. Ikindi ni ubutumwa buhabwa bariya bapfobya bakanahakana Jenoside yakorewe Abatutsi, bumva ko bariya bakagombye gupfa, ariko twe nka Serena, nk’u Rwanda tukavuga tuti ibi bikwiriye kurwanywa n’Isi yose.”

    Aborojwe bishimiye bikomeye inka bahawe ndetse bizeza abazibagabiye ko bazazifata neza.

    Umwe mu bazihawe, Ndacyayisenga Léonard yagize ati “Ndashimira Serena Hotel yatugabiye inka kuko inka ni ikimenyetso cy’urukundo, ubundi umuntu ukugabiye inka uhora umwirahira. Nanjye ndishimye cyane ko nahawe inka kandi nzayifata neza.”

    Uhagarariye abacitse ku icumu mu Murenge wa Kigali, Hitimana Pie, yavuze ko byari inzozi kumva ko abo mu Murenge wa Kigali bakongera kugira inka bagaha amata abana n’abaturanyi.

    Ati “Ndashimira Serena mu izina ry’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bo mu Murenge wa Kigali, ndabashimiye nta mbereka irimo kandi ndababwira ko natwe nk’abarokotse Jenoside mu 1994 tutazatatira igihango cy’ibyiza igihugu kigenda kitwereka.”

    Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere ka Nyarugenge, Ngabonziza Emmy, yashimiye Serena Hotel ku bwo kuba hafi Akarere ka Nyarugenge by’umwihariko, ndetse asaba abagabiwe inka kuzifata neza bakazoroza n’abandi.

    Ati “Nta gihe mutigeze muba hafi yacu, izi nka muduhaye ndangira ngo mbizeze ko abarokotse bagiye kuzitaho, bagiye kuzibyaza umusaruro, bagiye kuzifata neza kandi nabo bazoroze abandi nabo bazorore ku bwa Serena Hotel mubakorere nk’ibyo ibakoreye uyu munsi.”

    Serena Hotel isanzwe iba hafi abacitse ku icumu rya Jenoside, aho buri mwaka ibafata mu mugongo mu buryo butandukanye, ndetse mu gikorwa giheruka umwaka ushize yahaye ibiribwa imiryango 150 yo mu Murenge wa Kinyinya irimo abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, abahoze mu ngabo n’abirukanwe muri Tanzania.

    Abayobozi bakuru ba Kigali Serena Hotel boroje Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bo mu Murenge wa Kigali

    Inka eshanu zihaka nizo na Serena Hotel abarokotse Jenoside

    Umuyobozi Mukuru wa Kigali Serena Hotel Daniel Sambai yavuze ko batekereje guha inka abarokotse Jenoside kuko ari itungo riramba rigatanga amata kandi rikororoka

    Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere ka Nyarugenge, Ngabonziza Emmy yijeje abayobozi ba Serena ko abo bahaye inka bazoroza abandi

    Hitimana Pie uhagarariye abarokotse Jenoside mu Murenge wa Kigali yavuze ko bazafata neza izi nka bahawe

    Erick Mugesera ushinzwe abakozi muri Kigali Serena Hotel yavuze ko koroza abarokotse Jenoside ari ugucecekesha abayihakana

    Aborojwe uko ari batanu bishimiye inka bahawe

  • Abanyarwanda baburiwe ku myuzure n’inkangu bishobora kwibasira igihugu –

    Mu itangazo Meteo Rwanda yashyize hanze ibinyujije kuri Twitter, yatangaje ko guhera tariki ya 8 Gicurasi kugeza tariki ya 12 mu bice bitandukanye by’ Igihugu hateganyijwe kugwa imvura nyinshi ishobora kurenga milimetero 30 buri munsi.

    Meteo Rwanda ivuga ko uduce dushobora kwibasirwa n’ iyi mvura idasanzwe harimo Intara y’ Amajyarugu, Amajyepfo ndetse n’ Uburengerazuba, ikongeraho ko mu duce dutandukanye tw’ Igihugu muri iyi minsi igera kuri ine hazagaragara ikirere kibi cyateza ibyago ku buzima bw’abaturarwanda.

    Mu byago bishobora kwibasira Abanyarwanda nk’uko Meteo Rwanda yabitangaje harimo imyuzure, inkangu, iyangirika ry’ ibikorwa remezo bitandukanye ndetse n’impanuka mu mihanda zaterwa no kuba abashoferi batabasha kureba imbere.

    Meteo Rwanda yakomeje ivuga ko hashobora no kuba ibyago byateza impfu ziturutse myuzure.

    Meteo Rwanda yasabye Abanyarwanda bose kwitondera ibi bihe by’ imvura nyinshi, ndetse bakanakurikiza amabwiriza y’inzego zifite mu nshingano gukumira ibiza harimo kutugama imvura munsi y’ibiti, kutagendera mu binyabiziga mu gihe cy’ imvura irimo imirabyo n’inkuba ndetse no kudakoresha ibikoresho by’ikoranabuhanga nka telefone, televiziyo na radiyo mu gihe cy’imvura nyinshi.

    Meteo Rwanda yavuze ko muri uku kwezi kwa Gicurasi igihugu gishobora kwibasirwa n’ibiza bitandukanye birimo n’inkangu