Tag: featured

  • Maj Gen Murasira yagaragaje ubufatanye nk’ipfundo ryo guhangana n’umutekano muke muri Afurika –

    Iyi nama ya munani izwi nka (National Security Symposium) iri kwiga ku ngingo ivuga iti “Contemporary Security Challenges: The African Perspective (Ibibazo byugarije Afurika muri iki gihe)”.

    Inama iri kubera mu Karere ka Musanze, ikaba iteraniyemo abasirikare bakuru biga mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Nyakinama, abarimu bigisha muri Kaminuza n’Impuguke zitandukanye aho bari kwigira hamwe ibibazo bibangamiye umutekano wa Afurika muri ibi bihe harimo n’ibyorezo nka Covid-19.

    Atangiza ku mugaragaro iyi nama, Minisitiri w’Ingabo, Maj Gen Murasira yifashishije urugero bw’ibihe isi irimo bya Covid-19, asaba abayitabiriye kurushaho kurangwa n’ubufatanye no guhora biteguye.

    Yagize ati “Urebye inama y’ubushize muri 2019, Isi y’icyo gihe itandukanye n’iy’ubu, ibibazo byariyongeye , Covid-19 yerekana ko haba ubuzima, ubukungu, politiki n’ibipimo by’umutekano byagizweho ingaruka. Ibi byerekanye imbaraga zikwiye kuba zishyirwa muri izi ngeri z’ibyiciro, aha birasaba ubufatanye no gushyira hamwe ndetse no guhora twiteguye guhangana n’ibibazo nk’ibi no mu bihe bizaza.”

    “Aha twavuga ko ibi bibazo bitwibutsa ko isi by’umwihariko Afurika itahangana nabyo n’ingaruka zabyo hatabayeho ubufatanye bugamije gusenyera umugozi umwe n’intego imwe”.

    Minisitiri w’Ubuzima Dr Daniel Ngamije yavuze ko u Rwanda rwiteguye guhangana n’ibindi byorezo bishobora kwibasira Umugabane wa Afurika ariko bidasobanuye ko rwabirandura burundu bityo ko ubufatanye mu gusangira amakuru n’ubumenyi ariyo ntwaro.

    Yagize ati “Turiteguye kuko dufite inzego zubatse n’ubwo tutavuga ko ari 100%, ariko navuga ko tudahagaze nabi, gusa birasaba ubufatanye kuko utamenya uko bizaba bisa, hari aho usanga akenshi bisaba gukumira, mwarabibonye ubwo Ebola yibasiraga aka Karere, icyo dukora cy’ibanze ni ugukumira ikwirakwira ryabyo ariko bisaba gufatanya mu mpande zose n’abaturage ndetse no gusangira amakuru n’ubumenyi”.

    Maj Nkurunziza uri gukurikirana amasomo mu Ishuri Rikuru rya Gisirikari rya Nyakinama, yavuze ko amasomo abafasha kwitegura guhangana n’ibibazo Afurika ihura nabyo muri ibi bihe ari ingirakamaro kuko nabo bashishikajwe n’iterambere rya Afurika.

    Ati ” Amasomo nk’aya turayishimira cyane kuko umutekano ni ikintu kinini kigomba no gushingirwaho mu iterambere, tuyakira neza kandi azadufasha mu gutanga umusanzu wacu nk’abashinzwe umutekano”.

    Abasirikari bari guhabwa aya masomo ni 47 bakuru kuva ku ipeti rya Majoro kugeza kuri Coronel. Hitabiriye abo mu Rwanda kuko abanyamahanga uyu mwaka batitabiriye kubera icyorezo cya Covid-19 cyibasiye isi.

    Iyi nama yiga ku bibazo bya Afurika muri ibi bihe, izamara iminsi itatu. Izigirwamo uko hakubakwa inzego z’ubuzima busubiza ibibazo by’ibyorezo bishobora kuzibasira Afurika, kuba Afurika iberanye n’ubucuruzi mpuzamahanga nyuma ya Covid-19, kubaka Afurika ishoboye kwivugira, kureba ibibazo biri mu ikoranabuhanga rya Afurika n’uko byakemuka, kwifashisha imbaraga z’urubyiruko mu iterambere rirambye rya Afurika n’Imikoranire y’ibigo bya Afurika mu guharanira amahoro arambye.

    Minisitiri Maj Gen Murasira yavuze ko ubufatanye ariwo musingi wo guhangana n’ibibazo by’umutekano muri Afurika

    Iyi nama yitabiriwe n’abantu batandukanye bafite aho bahurira n’umutekano muri Afurika

  • Tour du Rwanda 2021: Banyuzwe no kwegerezwa serivisi za Mituweli na Ejo Heza zibafasha guteganyiriza ahazaza –

    Aba baturage bemeza ko bataramenya ibyiza by’ubwo bwishingizi baremberaga mu ngo, ibyashoboraga no kubakururira impfu mu gihe badafite amafaranga ahagije yo kwivuza.

    Umubyeyi w’abana batanu wo mu Kagari ka Kabeza mu Murenge wa Cyuve, Murekatete Angelique, yabwiye IGIHE ko yasobanukiwe byimbitse umumaro wo gutanga umusanzu w’ubwisungane mu kwivuza.

    Yagize ati “Kuva mu 2012 sinshobora gukererwa gutanga umusanzu wa Mituweli kuko ndabyibuka ubwo nari ngiye kubyara umwana wa bucura, ni bwo banjyanye ku kigo nderabuzima barananirwa banyohereza ku Bitaro mu Ruhengeri. Nagezeyo barambaga ndetse banyongerera n’amaraso, icyo gihe nahavuye ntanze ibihumbi birenga 300 Frw.’’

    Yavuze ko byamugoye ndetse hari ibyo yirengagije kugura kuko yabuze amafaranga kugeza agurishije umurima we n’inka yahakaga.

    Ati “Nibaza ukuntu ntanze amafaranga ashobora kuntangira umusanzu w’imyaka 20 numva amakosa ari ayanjye ku buryo n’ubu sinshobora gukererwa na gato.’’

    Munyanshoza Jean Pierre wo mu Murenge wa Nyange, yavuze ko usibye serivisi bahabwa biboroheye, umuryango afite adashobora kuwuvuza adakoresheje ubwishingizi.

    Yagize ati “Mfite abana 12 urumva ku mwaka simburamo nka bane barwara ubwo se urumva ayo mafaranga ntafite Mituweli nayabona? Ubu iyo hari urwaye anyarukira kuri poste de Santé bakamuvura, akaza atarembeye mu rugo kuko aba avuwe hakiri kare.’’

    Gahunda y’ubwisungane mu kwivuza ifatiye runini abatari bake bitewe no kuba igabanya ikiguzi cy’ubuvuzi.

    Umuyobozi muri RSSB Ushinzwe Ubukangurambaga no kwandika Abanyamuryango mu Ishami rya Mituweli, Ntigurirwa Deogratias, yabwiye IGIHE ko bifashishije Tour du Rwanda 2021 bashaka gutanga ubutumwa buhamagarira Abanyarwanda kwishyura Mituweli no gutanga umusanzu muri Ejo Heza.

    Ati “Nta kigo wabona gihuza Abanyarwanda bose nkuko RSSB ibikora. Usanga Mituweli na Ejo Heza bikenerwa n’Abanyarwanda muri rusange. Aho duca ubona ko abaturage niba babonye RSSB bibuka ko bagomba kwishyura Mituweli no gutanga umusanzu muri Ejo Heza.’’

    Imibare igaragaza ko 85.5% bamaze gutanga Mituweli mu gihe habura amezi atagera kuri abiri ngo umwaka urangire.

    Ntigurirwa yakomeje ati “Ntabwo turagera aho twifuza kugera, kuko tugomba kuba turi ku 100%.”

    Yahamagariye abaturarwanda kurushaho kwitabira gutanga Mituweli, anabasaba gutangira kwishyura iy’umwaka utaha.

    Ati “Indwara itera idateguje, ubu abantu bashobora gutangira kwishyura umusanzu w’umwaka wa 2020/2021 ukanda *909# ugakurikiza amabwiriza, kwegera Sacco cyangwa abakozi ba Irembo na MobiCash ku buryo tariki ya 1 Nyakanga zizagera baramaze kwishyura.

    - Ejo Heza nayo imaze gushinga imizi

    Uretse Mituweli ariko hari n’Ubwizigame bw’igihe kirekire bwa EjoHeza, bwashyiriweho gufasha abaturage guteganyiriza ahazaza.

    Munyanshoza Jean Pierre watangiye gukorana na Ejo Heza mu 2019 yagaragaje ko yatangiye kubona umusaruro.

    Yagize ati “Ku ruhande rwa Leta bampaye amafaranga ibihumbi 11.250 Frw, ubu maze kugira ubwizigame bw’amafaranga 45.250 Frw, buri uko nizigamiye mbona ubutumwa bugufi kuti telefoni iyo nujuje uruhare rwanjye na Leta ihita ishyiraho urwayo bakampa ubundi butumwa bw’umusanzu wose mba ngejejemo.’’

    Uyu muturage w’i Musanze yavuze kwizigamira byahoze ari iby’abakozi ba Leta ariko “ubu nashyizemo umwana wanjye kubera ko nabikunze numvise bifite inyungu, nteganya no gushyiramo n’abandi.”

    Itangishaka Theonille na we yagize ati “Ejo heza icyo maze kuyungukiramo; Leta yampaye uruhare rwayo rw’amafaranga 11.500, ndashimira Leta yacu kuko idutekerereza ibyo tutabashije kwitekerereza. Niteguye kuzagobokwa ngeze mu zabukuru kandi ngize n’ibyago natabarwa umuryango wanjye utavunitse kandi ntanga umusanzu wanjye bitangoye, ubu maze imyaka ibiri nizigamira.”

    Mujawamariya Spéciose utuye mu Murenge wa Niboye mu Karere ka Kicukiro amaze imyaka itatu yinjiye muri Gahunda ya Ejo Heza kandi yayibonyemo umusaruro.

    Ati “Inyungu maze gukuramo ni uko mfite aho niteganyirije, nzi neza ko mu masaziro yanjye ntazasaza nabi, nzasaza neza kuko niteganyirije. Tukimara gukangurirwa EjoHeza, numvise ari ibintu byiza cyane mpita ntangirana nayo, nshyiramo n’umwana wanjye w’imfura.’’

    Mujawamariya Spéciose utuye mu Murenge wa Niboye mu Karere ka Kicukiro amaze imyaka itatu yinjiye muri Gahunda ya Ejo Heza

    Yavuze ko kuba ari muri Ejo Heza bimuha icyizere ko mu gihe yanakwitaba Imana, abazungura be bahabwa impozamarira.

    Ati “Buri wese afite ikigega yisangamo bitagendeye ku kuba akorera Leta kuko n’abayikorera bitabiriye ubwo bwizigame nk’abandi baturage bose.’’

    Mujawamariya wasobanukiwe neza akamaro ko kwizigamira anashishikariza abandi kwinjira muri EjoHeza ahereye mu matsinda y’ibimina ayobora.

    Umukangurambaga wa Ejo Heza mu Mujyi wa Kigali, Ngoga Emmanuel, yasabye ko buri Munyarwanda yarushaho kwitabira no kwizigamira ibizabafasha mu gihe bageze mu mage.

    Ati “Ni amahirwe yashyiriweho Abanyarwanda ngo bizigame bazagire amasaziro meza bageze mu zabukuru. Abanyarwanda bakwiye kugerageza kwizigama kuko ayo mafaranga azaba anunguka. Uwizigamye neza ntaba umutwaro ku muntu wese cyangwa ku gihugu.’’

    Kuri ubu abarenga 1.364.057 biyandikishije muri Ejo Heza, abagera ku 1.042.190 barizigama mu gihe amafaranga amaze kuzigamwa asaga miliyari 14 Frw.

    Umuyobozi muri RSSB Ushinzwe Ubukangurambaga no kwandika Abanyamuryango mu Ishami rya Mituweli, Ntigurirwa Deogratias, yavuze ko bifashishije Tour du Rwanda 2021 bashaka gutanga ubutumwa buhamagarira Abanyarwanda kwishyura Mituweli

    Umukangurambaga wa Ejo Heza mu Mujyi wa Kigali, Ngoga Emmanuel, yavuze ko kwizigamira muri Ejo Heza ari ingenzi kuko bigoboka umuntu mu gihe cy’ibyago

    Abayobozi muri RSSB bakurikiranye Tour du Rwanda, banashishikariza abaturarwanda kurushaho kwiteganyiriza bishyura mituweli, banizigamira by’igihe kirekire

    Aha ni mu Karere ka Huye, ahasorejwe etape ya kabiri ya Tour du Rwanda 2021. Abayobozi mu nzego zitandukanye muri RSSB basobanuriye abo mu Majyepfo akamaro ka Mituweli n’uburyo bwo kwizigama bw’igihe kirekire bwa Ejo Heza

  • Ntabwo wavuga ko urambiwe kubaho – Biraro avuga ku gucibwa intege n’abagikoresha nabi umutungo wa rubanda –

    Yabigarutseho mu kiganiro n’abanyamakuru cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 12 Gicurasi 2021, cyasobanuriwemo ibikubiye muri raporo ku mikoreshereze y’umutungo wa leta mu 2019/2020, iherutse kumurikirwa Inteko Ishinga Amategeko, imitwe yombi.

    Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta yagaragaje ko hari amafaranga angana na miliyari 5,7Frw yasohowe n’inzego cyangwa ibigo bya leta yakoreshejwe ibitari ngombwa, nabi cyangwa agasesagurwa bikaba byanabaho ko anyerezwa.

    Aya mafaranga yatikiriye mu ikoreshwa nabi ryayo bikozwe n’ibigo cyangwa inzego akenshi usanga zigaruka muri iyi raporo buri mwaka. N’ubwo bigenda gutya ariko umugenzuzi mukuru w’imari ya leta aba yatanze inama kuri ibi bigo.

    Muri raporo igaragaza uko umutungo wakoreshejwe kugeza muri Kamena 2020, byagaragaje ko inama zitangwa n’umugenzuzi w’imari ya leta zitubahirijwe ku kigero cya 47%.

    Biraro yavuze ko imbaraga bashyira mu kugaragaza aba ba bihemu batazazigabanya cyangwa ngo bacike intege kuko ibyo bakora ari umwuga wabo babikora nk’abanyamwuga.

    Ati “Ntabwo ducika intege, tubikora nk’abanyamwuga, ntabwo tubikora ngo dushimwe cyangwa runaka atubone ahubwo tubikora nk’umwuga cyane ko mubona ko hari ibintu bigenda bihinduka bifata intera nziza.”

    Yakomeje agira ati “Icya mbere urwego rw’umugenzuzi mukuru w’imari ya leta ni urwego rw’abanyamwuga kandi turi ku rwego mpuzamahanga, nta cyaduca intege kuko dukora ibyo tugomba gukora. Ni nk’uko ushobora kuvuga ngo urambiwe kubaho, ukeneye kubaho neza imyaka n’imyaka. Ntabwo rero wacika intege, uru ni urwego rw’abanyamwuga kandi tuzahora tubikora neza. Ntabwe uzaduca intege!”

    Biraro avuga ko kubahiriza inama ziba zatanzwe n’urwego ayobora abantu bakwiye kuba babifata nk’inshingano kuko ari n’ibintu biteganywa n’itegeko.

    Muri rusanga iyi raporo igaragaza ibyavuye mu bugenzuzi bwerekeye imikoreshereze y’umutungo (Financial Audit), ubugenzuzi bw’amahame (Compliance Audit); ubugenzuzi bwimbitse (Performance Audits), ubugenzuzi bwihariye (Special Audits), n’ubugenzuzi ku ikoranabuhanga (IT Audits) bwakozwe kuva mu kwezi kwa Gicurasi 2020 kugeza muri Mata 2021 n’inama zatanzwe.

    Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta, Obadiah Biraro, yagaragaje ko amafaranga yakoreshejwe nta nyandiko ziyasobanura; ayasohotse inyandiko zidahagije; ayasesaguwe; ayasohotse nta burenganzira n’ayanyerejwe cyangwa yasohotse mu buriganya yagabanutse ku kigero cya 65% ugereranije n’umwaka wa 2019.

    Yose hamwe yabaye miliyari 5,7 Frw avuye kuri miliyari miliyari 8,6 Frw mu 2019.

    Ku rundi ruhande kandi hari n’amafaranga asaga miliyari 2,4 Frw yagiye anyerezwa cyangwa agasohoka mu buryo bw’uburiganya ndetse aya ngo yagakwiye kuba yaragarujwe ariko byageze muri Kamena 2020, ataragaruzwa.

    Biraro yabwiye itangazamakuru ko inzego zihabwa ingengo y’imari ya leta mu buryo bumwe cyangwa ubundi, zigenda zigerageza kuwukoresha neza ugereranyije n’imyaka ishize.

    Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta, Obadiah Biraro, yatangaje ko urwego ayobora rutazigera rucika intege mu kugenzura imikoreshereze y’umutungo wa leta

  • Hagiye kwitabazwa abagororwa mu gushakisha imibiri y’Abatutsi biciwe i Kabgayi –

    Ni ibintu bitumvikana uburyo imibiri ingana ityo imaze imyaka 27 iri mu bitaro bikomeye nka Kabgayi, ahantu hari hahungiye ibihumbi by’abatutsi mu gihe cya Jenoside bakaza kwicwa, nyamara hakaba hari ababonye ibyabaye binangiye ku gutanga amakuru.

    Iyo mibiri yatangiye kuboneka ubwo hasizwaga ikibanza cyo kubakamo inzu y’ababyeyi (Maternité) mu bitaro bya Kabgayi. Imibiri imwe yagiye iboneka ishyinguye hamwe mu mahema, iyagiye igaragara ingingo zimwe zitariho bigaragara ko abatutsi bishwe babanje gukorerwa iyicarubozo rikomeye nko gucibwa imitwe n’ibindi.

    Umuyobozi w’’Akarere ka Muhanga wungirije ushinzwe imibereho myiza y’Abaturage, Mukagatana Fortune, yabwiye IGIHE ko ko hashize igihe kirekire amakuru y’iyo mibiri yaragizwe ibanga, gusa avuga ko uko byagenda kose hari abari bazi ayo makuru bakanga kuyatanga.

    Mukagatana yavuze ko ku bufatanye n’izindi nzego batangiye kwegera abagororwa bahamijwe icyaha cya Jenoside bagororerwa muri Gereza ya Muhanga, by’umwihariko abemeye ko bagize uruhare mu iyicwa ry’Abatutsi bari bahungiye i Kabgayi.

    Ati “Ku bufatanye n’inzego twatangiye kujya kureba abagororwa bagororerwa muri gereza bemeye ko bagize uruhare mu kwica Abatutsi bari bahungiye i Kabgayi kugira ngo baduhe andi makuru twaheraho kugira ngo dushakishe imibiri y’aba batutsi biciwe aha.”

    Aho imibiri iri kuboneka mu bitaro bya Kabgayi, bivugwa ko hahoze inzira yanyurwagamo n’abaza mu bitaro kandi ngo hari ishyamba, rikaba rimwe mu yiciwemo Abatutsi benshi.

    Mukagatana yasabye abazi amakuru y’ahiciwe Abatutsi muri Jenoside kuyatanga uko yakabaye, kuko gutanga atuzuye bituma hari ahari imibiri itaboneka ngo ishyingurwe mu cyubahiro.

    Yagize at “Ikibazo dukunze guhura nacyo ni uko abaduha amakuru bayatanga atuzuye ahubwo bakayaduha ibice kandi aya amateka ya Jenoside twanyuzemo yagakwiye kuba yarigishije Abanyarwanda kuvuga neza ibyo bazi n’ibyo babonye kugira ngo ababuze ababo babashe kubashyingura mu cyubahiro.”

    Kuva ibikorwa byo gushakisha imibiri y’abatutsi bishwe muri Jenoside bakicirwa i Kabgayi byatangira, hamaze kuboneka imibiri 285 harimo 39 yabonetse kugeza ku gicamunsi cyo kuri uyu wa 12 Gicurasi 2021 .

    Ubuyobozi bw’akarere ka Muhanga bwijeje ko ibikorwa byo gushakisha iyo mibiri y’Abatutsi biciwe i Kabgayi bizakomeza.

    Imibiri 285 y’Abatutsi biciwe i Kabgayi niyo imaze kuboneka mu byumweru hafi bibiri bishize hatangiye ibikorwa byo gushakisha

  • Idamange yatangiye kuburana mu mizi –

    Ni iburanisha ryabaye hifashishijwe uburyo bw’iyakure buzwi nka ‘video conference’ kubera icyorezo Covid-19 cyugarije Isi, abacamanza batatu n’Umwanditsi bari mu Rukiko i Nyanza, Idamange ari muri Gereza ya Mageragere hamwe n’abamwunganira mu mategeko naho ubushinjacyaha buri ku cyicaro cyabwo i Kigali.

    Yunganiwe mu matageko na Me Bruce Bikotwa hamwe na Me Félicien Gashema bamwunganiye kuva yatangira kuburana.

    Ashinjwa ibyaha birimo icyo guteza imvururu muri rubanda, gukubita no gukomeretsa ku bushake, gutesha agaciro ibimenyetso bya Jenoside no gutanga sheke itazigamiwe. Uyu mugore yatangiye kuburana ahakana ibyaha ashinjwa.

    Ku ya 9 Werurwe 2021 Urukiko rw’Ibanze rwa Gasabo rwanzuye ko afungwa iminsi 30 y’agateganyo kubera impamvu zikomeye zituma akekwa ku byaha ashinjwa. Ni mu rubanza yari yaburanye tariki ya 04 Werurwe 2021.

    Idamange akimara gusomerwa ibyo aregwa yasabye ko urubanza rwasubikwa akabanza gusoma dosiye ndende y’ibyaha aregwa kuko atabonye umwanya uhagije wo kuyisoma no kuyisesengura.

    Yasabye kandi ko ataburanira ku ikoranabuhanga kuko bibangamiye abatangabuhamya be kandi akaba yifuza kuburanira ku mugaragaro kuko ibyo aregwa atabikoreye mu bwihisho, asaba ko urukiko rwakimukira i Kigali nk’uko byabaye mu rubanza ruregwamo Rusesabagina Paul.

    Ibyo ngo byatuma urubanza rwe rubera ku mugaragaro rukitabirwa n’abantu benshi ndetse n’abatangabuhamya bamushinjura bakabona uko bahabwa umwanya.

    Mu iburanisha ikoranabuhanga ryagiye rigorana kenshi bikaba ngombwa ko urukiko rufata umwanzuro wo kurisubika.

    Ikindi Idamange yagaragaje nk’imbogamizi ni uko gusurwa kuri Gereza ya Mageragere bigoranye kubera icyorezo cya Covid-19, asaba ko yajya ahabwa umwanya uhagije wo kuvugana kuri telefone n’abo mu muryango we ndetse n’abandi bo hanze kuko hari ibyo bashobora kumufasha mu rubanza rwe.

    Yavuze ko iyo ahawe amafaranga 500 Frw yo kuvugana n’abantu bo hanze, yemerewa kuvugira ku 150 Frw gusa, bityo ko bibangamiye uburenganzira bwe.

    Abamwunganira mu mategeko bahawe umwanya bashyigikiye icyifuzo cy’umukiliya wabo bavuga ko byaba byiza inteko iburanisha yimukiye i Kigali kuko abatangabuhamya bamushinjura ari ho bari kandi mu Karere ka Nyanza hari icyorezo cya Covid-19 kurusha i Kigali, bityo bagorana ko baza mu rukiko kumushinjura.

    Bavuze kandi ko bashingiye ku kuba ikoranabuhanga ryakomeje kugorana, kuburana mu buryo nk’ubwo byakurwaho bakazajya kuburanira i Kigali nk’uko bigenda mu rubanza rwa Rusesabagina Paul.

    Ubushinjacyaha buhawe ijambo bwavuze ko guha Idamange igihe cyo gusoma dosiye ikubiyemo ibyaha aregwa nta kibazo bubifiteho, ariko amezi abiri asaba ari menshi, bityo yahabwa ukwezi kumwe kuko guhagije.

    Ku cyo yasabye cyo kwimurira urubanza i Kigali, ubushinjacyaha bwo bwifuje ko urukiko rwabifataho umwanzuro mu bushishozi bwarwo cyane ko atari rwo rubanza rubera i Nyanza rwonyine.

    Ku cyo kuvuga ko atiteguye kuburana hakoreshejwe ikoranabuhanga, ubushinjacyaha bwavuze ko cyasuzumwa kuko niba ikoranabuhanga ryabatengushye uyu munsi, ubutaha rishobora kugenda neza kandi impamvu ryifashishwa ari ukubera icyorezo cya Covid-19.

    Ubushinjacyaha bwavuze ko Idamange akwiye kwemera urubanza rukaburanishwa hifashishijwe ikoranabuhanga, ariko igihe icyorezo cyaba kigenjeje make bakaba baburanira mu rukiko i Nyanza mu buryo bw’imbonankubone.

    Ku byo yagaragaje ko uburenganzira bwe butubahirizwa muri gereza, ubushinjacyaha bwavuze ko habaho kuganira n’ubuyobozi bwa gereza ibimubangamiye bigakosorwa.

    Urukiko rumaze kumva impande zombi rwavuze ko kuba uregwa avuga ko yamenyeshejwe urubanza atinze tariki 4 Gicurasi 2021 akaba atiteguye kuburana atari byo, ahubwo yabimenyeshjwe tariki ya 29 Mata 2021 bityo adakwiye kubyitwaza avuga ko atiteguye.

    Ku mbogamizi yagaragaje zo kuza kuburanira i Nyanza akifuza kujya kuburanira i Kigali, urukiko rwanzuye ko atari ngombwa kurujyanayo kuko n’izindi manza zisanzwe zihaburanishirizwa.

    Ikindi ngo ntibaruvana ku cyicaro i Nyanza aho rufite ibyumba ngo rujye gutira i Kigali.

    Urukiko rwavuze ko icyorezo cya Covid-19 kiramutse kigabanutse, urubanza rwakomeza kubera ku cyicaro cyarwo i Nyanza, impande zombi ziburana ndetse n’abatangabuhamya bakahaza ku buryo bw’imbonankubone.

    Urukiko rwavuze ko Urabanza rwa Ruseseabagina Paul, Idamange yatanzeho urugero asaba ko yajya kuburanira i Kigali nk’uko narwo rwajyanyweyo, ntaho bihuriye kuko rwo ruregwamo abantu benshi kandi hari n’abaregera indishyi benshi.

    Rwavuze ko haramutse hari abifuza gukurikirana urubanza rwa Idamange bashobora kujya mu rukiko i Nyanza kuko hari icyumba bakwicaramo bagakurikira.

    Ku bijyanye n’uburenganzira bw’uregwa avuga ko butubahirizwa, urukiko rwavuze ko ari uburenganzira bwe kubigaragaza, kandi ikibazo cyose azajya agira akwiye kukimenyesha abamwunganira mu mategeko kugira ngo babiganire n’ubuyobozi bwa gereza bikemurwe.

    Ku mezi abiri yasabye yo gutegura urubanza rwe, urukiko rwasanze ari menshi cyane, rwanzura ko ahawe ukwezi kumwe n’iminsi mike rukazakomeza tariki ya 15 Kamena 2021. Icyo gihe abarebwa n’iburanisha bose bazaba bari ku rukiko i Nyanza.

    Idamange w’imyaka 42 y’amavuko yatawe muri yombi ku wa 15 Gashyantare 2021, nyuma y’iminsi akoresha imbuga nkoranyambaga agatangaza amagambo arimo gushishikariza abantu gukora imyigaragambyo imbere y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu.

    Idamange yasabye urukiko ko urubanza rwe rutaburanishwa mu buryo bw’ikoranabuhanga

    [email protected]


  • Perezida Kagame yazamuye mu ntera abasirikare 986 abandi bahabwa inshingano nshya –

    Mu mpinduka zatangajwe mu itangazo ryashyizwe hanze kuri uyu wa Gatatu n’Ubuyobozi bw’Igisirikare cy’u Rwanda, Brigadier General Joseph Demali yagizwe Ushinzwe ibikorwa bya gisirikare (Defence Attaché) muri Ambasade y’u Rwanda muri Turukiya, Lieutenant Colonel Stanislas Gashugi yazamuwe mu ntera ahabwa ipeti rya Colonel agirwa Defence Attaché muri Ambasade y’u Rwanda muri Tanzania.

    Major Ephrem Ngoga yazamuwe mu ntera ashyirwa ku ipeti rya Lieutenant Colonel, agirwa Defence Attaché muri Ambasade y’u Rwanda muri Kenya

    Major Eustache Rutabuzwa we yagizwe Defence Attaché muri Ambasade y’u Rwanda muri Canada.

    Mu zindi mpinduka zakozwe, abasirikare 665 bari bafite ipeti rya Lieutenant bashyizwe ku ipeti rya Captain mu gihe abasirikare 319 bari bafite ipeti rya Sous Lieutenant bashyizwe ku ipeti rya Lieutenant.

    Brigadier General Joseph Demali yagizwe Ushinzwe ibikorwa bya gisirikare (Defence Attaché) muri Ambasade y’u Rwanda muri Turukiya

    Perezida Kagame yazamuye mu ntera abasirikare 986

  • Ingengo y’imari ya 2021/22 izaba miliyari 3.807 Frw –

    Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 12 Gicurasi 2021, nibwo Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi, Richard Tusabe, yagejeje ku Nteko Ishinga Amategeko, imitwe yombi, imbanzirizamushinga y’ingengo y’imari iteganyijwe gukoreshwa mu mwaka utaha.

    Minisitiri Tusabe yavuze ko amafaranga akomoka imbere mu gihugu habariwemo n’umutungo faranga w’imbere mu gihugu azagera kuri miliyari 2.543,3 Frw, bingana na 67% by’Ingengo y’imari yose y’umwaka wa 2021/22.

    Inkunga z’amahanga ziteganyijwe kugera kuri miliyari 612,2 Frw bingana na 16% by’ingengo y’imari yose naho inguzanyo z’amahanga zikazagera kuri miliyari 651,5 Frw bingana na 17% by’ingengo y’imari yose.

    Muri rusange amafaranga ava imbere mu gihugu wongeyeho inguzanyo z’amahanga igihugu kizishyura afite uruhare rugera kuri 84% mu ngengo y’imari y’umwaka wa 2021/2022.

    Ku bijyanye n’uburyo amafaranga azakoreshwa mu ngengo y’imari y’umwaka wa 2021/2022, amafaranga ateganyijwe gukoreshwa mu ngengo y’imari isanzwe azagera kuri miliyari 1.872,7 Frw bingana na 49,2 % by’ingengo y’imari yose.

    Minisitiri Tusabe kandi yavuze ko amafaranga azakoreshwa mu mishinga y’iterambere no mu ishoramari rya Leta azagera kuri Miliyari 1.934,2 Frw bingana na 50,8 % by’ingengo y’imari harimo amafaranga agenewe gushyigikira ibikorwa by’abikorera mu guhangana n’ingaruka za COVID-19

    Gahunda z’ibikorwa biteganyijwe mu ngengo y’imari ya 2021/22 zatoranyijwe hashingiwe ku buryo zifasha kugera ku ntego z’iterambere twihaye nk’uko bikubiye muri gahunda ya Guverinoma y’imyaka irindwi ndetse no guhangana n’ingaruka z’icyorezo cya COVID-19.

    Minisitiri Tusabe yavuze ko muri uyu mwaka hari gahunda ihamye yo kunoza imikorere n’imikoreshereze y’imisoro ndetse no kunoza ikoreshwa ry’amafaranga bityo hakaba hari icyizere.

    Yakomeje avuga ko ikindi kizibandwaho ari uguha ubushobozi abikorera ku giti cyabo ndetse ngo uko bagenda bagira ubushobozi bikazatuma bagira uruhare mu gutuma ingengo y’imari yiyongera.

    Yakomeje agira ati “Kuba amafaranga dukura hanze yaragabanyutse, bifitanye isano n’amafaranga twabonye umwaka ushize ajyanye no guhangana n’icyorezo cya Covid-19, ariko kandi bijyanye n’ikigega twashyizeho cyo kuzahura ubukungu.”

    Minisitiri Tusabe yanavuze kandi ko muri rusange ubukungu bwitezweho kuzamuka kuri 5%.

    Bamwe mu bagize Inteko Ishinga Amategeko bashimye uburyo amafaranga azasaranganywa mu nzego zitandukanye ariko bavuga ko bitewe n’icyorezo cya Covid-19, hakwibanda ku gushyiraho ingamba z’ibura ry’imirimo ryatewe n’iki cyorezo aho by’umwihariko urubyiruko arirwo rwagizweho ingaruka cyane.

    Depite Izabiriza Marie Mediatrice we yasabye ko muri uyu mwaka w’ingengo y’imari hazitabwa cyane ku gucunga no gukoresha neza amafaranga make ahari kugira ngo n’ahari azabashe gutanga umusaruro wifuzwa.

    Ati “Amafaranga agatangwa ariko byagera hagati ibikorwa bigahagarara, ugasanga hajemo amanyanga wabaza icyo amafaranga yakoreshejwe ukakibura. Bikagaragara rero ko ingengo y’imari iba yatanzwe ariko hakagaragara icyuho mu buryo iba yakoreshejwe.”

    Avuga ko hari ibigo byinshi bihabwa ingengo y’imari ariko umwaka warangira byabazwa uko byayikoresheje bikananirwa ku bisobanura ndetse ngo hari n’ibigo bitagira ibitabo bigaragaza ikoreshwa ry’ingengo y’imari.

    Senateri Mugisha Alexis yavuze ko hakongerwa ubushobozi bushyirwa mu nkunga y’ingoboka, hagakosorwa ibibazo bikunze kugaragara mu nzu yubakirwa abatishoboye agasondekwa ku buryo nyuma y’igihe gito ahita yangirika bigasaba andi mafaranga menshi yo gusana cyangwa kongera kubaka.

    Nyuma yo gutangaza iyi mbanzirizamushinga, biteganyijwe ko yoherezwa muri komisiyo zishinzwe ingengo y’imari muri buri mutwe w’Inteko Ishinga Amategeko ngo itangweho ibitekerezo bizafasha guverinoma mu guhuza umushinga w’ingengo y’imari ya 2021/2022.

    Ibyo bitekerezo byose bizashyikirizwa guverinoma ndetse nayo ikawunonosora ku buryo umushinga w’ingengo y’imari ya 2021/2022, uzagaruka imbere y’Inteko Ishinga Amategeko muri Kamena ari nabwo izawemeza ukaba usigaje gutangazwa na Guverinoma.


  • Nyanza: Afunzwe akekwaho kwica umwana w’imyaka 12 wamubonye yiba ihene y’iwabo –

    Uyu mugabo yafatiwe mu Karere ka Nyanza, Umurenge wa Kibirizi, Akagari ka Rwotso, Umudugudugu wa Seruhembe ku wa 10 Gicurasi 2020.

    Umuvugizi w’Umusigire wa RIB, Dr Murangira B. Thierry, yavuze ko uyu musore mu ibazwa yemeye icyaha cyo kwica, avuga ko yabikoze mu gusibanganya ibimenyetso kuko uyu mwana yari yamubonye yiba ihene y’iwabo.

    Ati “Mu ibazwa rye ry’ibanze uyu mugabo aremera icyaha akavuga ko yamwishe kugira ngo azimanganye ibimenyetso kuko uwo mwana amaze kwiba no kwica ihene y’iwabo, undi amukururira mu ishyamba hafi y’aho iyo hene yari iziritse aramuniga arapfa.”

    Dr Murangira yakomeje avuga ko uyu mugabo yigeze gufungwa imyaka itandatu azira gucuruza ibiyobyabwenge.

    Ati “Ikigaragara ni uko uyu mugabo aherutse gufungurwa, aho yari yarakatiwe igifungo cy’imyaka itandatu kubera gucuruza ibiyobyabwenge.”

    Yakomeje yihanganisha umuryango w’uyu mwana, ndetse anavuga ko abakijandika mu byaha nta mwanya bafite mu muryango nyarwanda.

    Ati “RIB irihanganisha umuryango w’uyu mwana, ababyeyi babuze uyu mwana, ariko abantu nk’abangaba bumva ko bashobora gukora ibyaha ntabwo bazihanganirwa mu muryango nyarwanda, amategeko azakurikizwa ahanwe. Birababaje ntabwo umuntu yari akwiye kwica undi ngo azimangatanye ibimenyetso by’uko yamubonye akora icyaha. abantu bakwiye kugendera kure ibyaha kuko icyaha kimwe gishobora gutuma ukora ikindi kandi bitari ngombwa.”

    Amakuru atangwa na RIB agaragaza ko uyu mugabo yari yarafunzwe mu 2014 akaza gufungurwa mu 2019.

    Kugeza ubu uyu mugabo afungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Kibirizi mu gihe hagikorwa dosiye ye ngo ishyikirizwe ubushinjacyaha, mu gihe umurambo w’uyu mwana woherejwe muri Laboratwari itanga serivisi z’ibimenyetso byifashisha ubuhanga n’ikoranabuhanga bikoreshwa mu butabera kugira ngo ukorerwe isuzuma.

    Afunzwe akekwaho kwica umwana w’imyaka 12 wamubonye yiba ihene y’iwabo

  • Loni yasobanuye impamvu yagabanije ibiribwa byahabwaga impunzi mu Rwanda –

    Umuyobozi wa HCR mu Rwanda, Ahmed Baba Fall, yavuze ko uyu muryango wagize ikibazo cy’amafaranga make gituruka ahanini ku cyorezo cya Covid-19 ndetse n’imiterere y’ikibazo by’impunzi mu Rwanda.

    Ati “Kugira ngo turinde ko uko kugabanyuka kugira ingaruka ku bababaye cyane, twashyizeho uburyo buzatuma twibanda ku mpunzi zibabaye kurusha izindi, zicungira ku bufasha bw’abagiraneza kugira ngo babashe kubona iby’ibanze.”

    Muri ubu buryo bushya, impunzi zashyizwe mu byiciro bitatu ari nabyo bizagenderwaho hatangwa ibiribwa.

    Icya mbere kirimo abababaye cyane kandi bakeneye ubufasha cyane, aba nibo bazahabwa ibyo kurya byose. Icyiciro cya kabiri kirimo abababaye gahoro aho bazahabwa 50% y’ibyo bari basanzwe bahabwa naho icya gatatu kikaba kirimo za mpunzi zifatwa nk’izibabaye ariko atari cyane aho batazongera guhabwa ibiribwa.

    Umuyobozi wa PAM mu Rwanda, Edith Heines, yavuze ko ubu buryo bushya ari intambwe iboneye kandi itewe mu gihe gikwiriye aho abaterankunga ku Isi bari ku gitutu batigeze ikindi gihe icyo aricyo cyose kubera ingaruka za Covid-19.

    Itangazo ryashyizwe hanze na HCR ifatanyije na PAM, rivuga ko ingano y’ibiribwa bihabwa impunzi igendera ku bushobozi, ariko kuri ubu ubushobozi bukaba budahagije ku buryo impunzi zose zahabwa ibiribwa ari nayo mpamvu ibiribwa bizahabwa abakeneye ubufasha cyane.

    Ibarura ryakozwe n’iyi miryango yombi mu Ukuboza 2020 mu nkambi zose ziri mu Rwanda ryagaragaje ko abafite ibibazo bikomeye bakiri benshi mu bijyanye no kubona ibyo kurya.

    Impinduka nshya zakozwe ku bufatanye na Minisiteri Ishinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi mu Rwanda, HCR ndetse na PAM nk’uko itangazo rikomeza ribivuga.


  • Gumyusenge w’imyaka 29 yagizwe ‘Professeur’ muri Kaminuza ya MIT ya mbere ku Isi mu by’ikoranabuhanga –

    Gumyusenge agiye kuba Umwarimu wungirije (Assistant Professeur) nyuma yo kubona Impamyabumenyi y’Ikirenga, PhD, mu ishami ry’ibinyabutabire (Chimie) mu bizwi nka ‘Organic semiconductors’ yakuye muri Kaminuza ya Perdue yo muri Leta ya Indiana mu 2019.

    Uyu musore uvuka mu Ntara y’Amajyepfo mu Karere ka Kamonyi, yatangaje ko ari iby’agaciro kuri we kuba agiye kuba Umwarimu wungirije muri MIT.

    Mu butumwa yanyujije kuri Twitter, yagize ati “Ntewe ishema no gutangaza ko ngiye kuba Umwarimu wungirije muri MIT mu Ishami rya ‘Material Science’ na ‘Engineering’ guhera ku wa 1 Mutarama 2022.”

    Gumyusenge usanzwe akora ubushakashatsi ku binyabutabire byifashishwa mu gukora mudasobwa zifite ubushobozi budasaznwe, azajya atanga amasomo ku banyeshuri bari kwiga mu cyiciro cya kabiri n’icya gatatu cya kaminuza.

    Mu bushakashatsi yakoze, harimo ubwo yafatanyije na bagenzi be biganaga mu mwaka wa 2019 bayobowe na Prof. Jianguo Mei, aho bavumbuye ibikoresho bizwi nka Polymers’ bifite ubushobozi bwo kwihanganira ubushyuhe budasanzwe, bufite dogree Celcius 220. Ubu bushakashatsi bwabo bwasohotse muri kimwe mu binyamakuru bikomeye cyane kizwi nka Science Magazine.

    Gumyusenge yahoze ari umuhanga kuva mu buto bwe, kuko yatsinze neza mu mashuri abanza aba uwa mbere buri gihe, n’ubwo yari mu buzima butoroshye kuko yarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Amashuri yisumbuye yayize muri Petit Séminaire Saint Léon Kabgayi mu bijyanye n’ubutabire, imibare n’ibinyabuzima.

    Yamenye Icyongereza binyuze mu kumva radio ya BBC na VOA, ndetse bitewe n’uburyo yari yatsinze neza, yaje kubona bourse ya Perezida wa Repubulika ajya gukomereza amasomo ye muri Wofford College muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

    Gumyusenge asanzwe ari umushakashatsi muri kaminuza ya Laboratoire ya Gabelle iri muri Kaminuza ya Stanford.

    Uyu musore avuga ko yizeye ko ubushakashatsi bwe buzakemura ibibazo bikomereye Isi, cyane cyane Umugabane wa Afurika, birimo ubucye bw’amashanyarazi, amazi n’ibindi bitandukanye.

    Gumyusenge Artistide yagizwe Umwarimu Wungirije muri Kaminuza ya MIT ya mbere ku Isi mu by’Ikoranabuhanga