Umuntu umwe yishwe na Covid-19 mu Rwanda kuri uwo munsi, akaba ari umugabo w’imyaka 37 i Burera.
Kugeza ubu mu Rwanda abamaze guhitanwa n’icyo cyorezo bose hamwe ni 1,339.


source : https://ift.tt/3cpbuJd
Umuntu umwe yishwe na Covid-19 mu Rwanda kuri uwo munsi, akaba ari umugabo w’imyaka 37 i Burera.
Kugeza ubu mu Rwanda abamaze guhitanwa n’icyo cyorezo bose hamwe ni 1,339.


source : https://ift.tt/3cpbuJd

Ubwo berekwaga itangazamakuru ku wa kane tariki 18 Ugushyingo 2021, Nizeyimana yavuze ko muri Nyakanga muri uyu mwaka aribwo yatangiye gukora ubucuruzi bw’amavuta atemewe, akaba yarafatanywe ubwoko bugera ku icumi (10) bwiganjemo aya mukorogo, akaba yarayahabwaga n’abantu bayakura mu gihugu cya Repabulika iharanira Demokarasi ya Congo, andi akayahabwa n’abayakuraga mu gihugu cya Uganda.
Jean Damascene Nizeyimana wafashwe tariki 17 Ugushyingo 2021, avuga ko yacuruzaga amavuta yo mu bwoko bwa Movit hamwe n’andi ya Mukorogo yavaga muri Congo baje kumusaka barayamusangana gusa ngo yamenye ko bitemewe yaramaze kurangura.
Ati “Mukorogo nazihawe n’abadamu bavuye muri Congo ari mu gitondo bahita bagenda ntabwo twongeye kubonana, noneho ziriya Movit ni umuntu waje azimpa muri Taxi Voiture, amaze kuzimpa ahita agenda nta nimero ye nasigaranye, kubera ko yazimpaye mu kwa cyenda, mubwira ngo nzazicuruza ndeke kurangura izindi, bamfata rero ntarazimara, nabimenye ko bitemewe nararanguye izi mukorogo ni zo nari maranye igihe ariko ziriya Movit naziranguye vuba, ya nyungu ya 500 nafatagaho irankurura ituma ngwa mu cyaha nkaba mbisabira imbabazi”.
Jackson Twiyongere avuga ko yafashwe kuri uyu wa kane afatirwa mu isoko rya Kimisagara aho asanzwe akorera ubucuruzi afatanwa amavuta atemewe y’amoko agera muri atandatu.
Ati “Nari mbizi ko atemewe ariko mu rwego rwo gushakisha ubuzima rimwe na rimwe urakomeza ukayacuruza nyine kubera ko abantu baba bakomeza bayakubaza cyane. Ndimo ndicuza cyane kuko bigaragara ko ibintu bamfatanye birimo amafaranga menshi nashoyemo, iyo nyashora mu bindi wenda mba narungutse ndicuza rwose ni yo mpamvu ndimo kubisabira imbabazi”.
Umuvugizi wa polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera, ashimira abaturage badahwema gufatanya n’inzego z’umutekano bagatangira amakuru ku gihe ku buryo byatuma aba bacuruzi bafatwa, ari na ho ahera aburira abakwirakwiza aya mavuta n’abayagura ko ibyo bakora ari icyaha.
Ati “Ibikorwa byo kurwanya aya mavuta bimaze igihe kandi ntibizigera bihagarara, turongera kwibutsa abacuruza aya mavuta ndetse n’abayabazanira ko bagomba kubireka mu rwego rwo kwirinda ibihano bizabafatirwa umunsi bafashwe”.
Jean Damascene Nizeyimana yafatanywe amavuta afite agaciro k’amafaranga y’u Rwanda 787.000 mu gihe mugenzi we Jackson Twiyongeze ayo yafatanywe afite agaciro kangana na 366,300.
Itegeko nimero 68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, mu ngingo yaryo ya 266 rivuga ko umuntu wese ukora, ugurisha, utanga ibintu bibujijwe ari byo umuti, ibintu bihumanya, ibintu binoza cyangwa bisukura umubiri, cyangwa ibindi bikomoka ku bimera aba akoze icyaha.
Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’umwaka umwe (1), ariko kitarenze imyaka ibiri (2), ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya Miliyoni eshatu (3.000.000), ariko atarenze Miliyoni eshanu (5.000.000), cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.

source : https://ift.tt/3FrLhWK

Izo koperative ni iz’abakora ibikorwa byo kubungabunga icyogogo cya Nyabarongo mu mushinga wiswe Ecobrigade, aho urubyiruko rukora imirimo irimo guca amaterasi ndinganire, gutera ibiti bivangwa n’imyaka no gutera imigano ku nkengero za Nyabarongo, mu rwego rwo kurinda isuri yangiza umugezi wa Nyabarongo.
Minisitiri wa Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco, Rosemary Mbabazi avuga ko Leta yifuza ko urubyiruko rwagira umuco wo kubyaza umusaruro amahirwe aboneka aho rutuye, ari na yo mpamvu imishinga nka Ecobrigade itekerezwa kandi ikajyanwa mu bice by’icyaro aho rutuye.

Yongeraho ko hari na gahunda yo kunganira ubwizigame bw’urwo rubyiruko kugira ngo rubone igishoro mu mishinga yarwo itandukanye bakura mu mafaranga bakorera muri iyo mirimo.
Avuga ko kuva mu mwaka wa 2019 urubyiruko rwo mu turere twa Muhanga, Ngororero na Karongi bamaze guhanga imirimo hafi 10.000 kubera gukunda ibidukikije, mu Karere ka Muhanga honyine urwo rubyiruko rukaba rumaze kwizigamira miliyoni zisaga 20 ari na yo mpamvu Minisiteri yatekereje kubashyigikira ngo bakomeze gutera imbere.
Agira ati “Dufite icyizere cy’uko imishinga y’urubyiruko izakomeza gutera imbere kandi turashaka kwagura ibikorwa kuko dufite abafatanyabikorwa batanga amafaranga yo gukomeza ayo makoperative”.

Urubyiruko rwibumbiye muri ayo makoperative rusaga ibihumbi 12 mu gihe abakora akazi gahoraho basaga 9.000, abenshi bakaba babarizwa mu buhinzi. Urubyiruko rusaga 4.000 mu mishinga nibura isaga 150 rutunganya imihanda y’imigenderano nyuma yo kurangiza amashuri yigisha ibijyanye n’imihanda.
Muragijimana Tharcisse wo mu Murenge wa Nyabinoni ahamya ko umushinga wa Ecobrigade watumye agera ku bindi birimo no kwigurira ibikoresho byo gusudira, n’isena ibyuma kubera amafaranga yizigamiraga.
Agira ati “Hano nta muntu usudira wigeze ahaba ni njyewe wabitangije nyuma yo kwizigamira nkigurira imashini kuko nanabyize ariko nta gishoro nahise mbona, ubundi twacungiraga ku kazi k’ubuyede bukeya buboneka mu cyaro no guhingira abantu tugahembwa 700frw mu gihe ubu duhembwa agera ku 1200frw tukinjiza 900frw andi akajya muri Koperative yacu”.

Umwe mu bakobwa bakoze mu mushinga wa Ecobrigade avuga ko inkunga ya Minisiteri y’Urubyiruko n’umuco yatumye babasha kwigurira ibikoresho by’ubwubatsi bwatumye ubu bageze ku gishoro hafi miliyoni zirindwi z’Amafaranga y’u Rwanda.
Agira ati “Hano hari abagannye ubucuruzi, hari abakanishi biguriye ibikoresho, ubu turi mu bworozi bw’ingurube aho dufite izigera ku icyenda ziri hafi yo kubwagura n’amapfizi atandatu, umwana w’umukobwa yapfapfanaga kubera kubura amafaranga none turakora tukabungabunga ibidukikije kandi tukiteza imbere”.
Urubyiruko ruhamya ko kwirukira mu mijyi atari byo byihutirwa kuko iyo rukuye amaboko mu mifuka rugakoresha imbaraga mu bikorwa bibegereye baba bagejejweho na Leta, nabwo biteza imbere.

source : https://ift.tt/3kKH7Bt

Minisitiri Gatabazi avuga ko abajyanama bahagarariye abaturage bakanaba ijwi ryabo, bityo ko bakwiye kurushaho kubegera ndetse bakanabavugira imbere y’amategeko n’ahandi.
Ati “Umujanama aba ahagarariye abaturage, ni ijwi ry’abaturage rigiye mu bantu 17 kugira ngo babavugire imbere y’amategeko, imbere ya gahunda za Leta z’iterambere ndetse babafashe kuko ni no muri bo hazavamo batatu bazayobora akarere na batatu bazayobora njyanama ariko bose bateranyirijwe hamwe ni bo abaturage bashinze iterambere ry’akarere mu myaka itanu.”
Yabasabye kureba kure no gushishoza ariko by’umwihariko bakagira aho bahera, hagamijwe gukemura ibibazo bibangamiye iterambere ry’umuturage.
Yabasabye kutaza bakadamarara hitwajwe ko iterambere Igihugu kimaze kugeraho rihagije, ahubwo bagomba kuza bagamije kuryongera.
By’umwihariko yabasabye kuba abajyanama b’abaturage, bakabegera bakamenya ibibazo bafite no kujya inama hashingiwe ku bibazo by’akarere yatorewemo no gusubira inyuma akamenyesha abaturage ibyemezo byafashwe muri njyanama.
Yagize ati “Akwiye gufata umwanya wo kujya mu baturage kugira ngo abumve noneho najya no muri njyanama ajyane ibitekerezo yavanye mu baturage kandi nibafata n’ibyemezo ku bikorwa by’iterambere bagiye gukora abajyanama nibo bakwiye kujya kubwira ba baturage babatumye ibyemejwe bigiye gukorwa.”
Yakomeje agira ati “Nta mpamvu meya w’akarere yajya kuvunika wenyine ajya gusobanurira abaturage rimwe na rimwe gahunda batayumvise neza kandi abajyanama barayigizemo uruhare mu gihe cyo kuyitegura.”
Yavuze ko kugira ngo bazabashe gukora neza akazi, guhera ku wa mbere tariki ya 22 Ugushyingo 2021, abajyanama bazaba batowe bazahabwa amahugurwa y’iminsi itandatu basobanurirwa imirongo migari Igihugu kigenderaho n’ibindi hagamijwe kuzamura iterambere ry’Igihugu.

source : https://ift.tt/3coAzUE
Ku mugoroba wo ku wa Gatatu, tariki 17 Ugushyingo 2021, ni bwo aba Banyarwanda bakiriwe ku Mupaka wa Kagitumba mu Karere ka Nyagatare. Barimo abagabo 25, abagore barindwi n’abana 11. Bari bafungiye muri Gereza zitandukanye zo muri Uganda.
Bamwe muri aba Banyarwanda babwiye RBA ko bafashwe bakuwe mu modoka zari zibajyanye mu Rwanda, ariko bafungwa bazizwa ko nta byangombwa bya Uganda bafite.
Mu gihe bamaze, ahantu bafungiwe ngo bakorewe ibikorwa bitandukanye bigamije kubababaza. Bavuze ko aho bari bafungiwe imfungwa zindi z’Abagande zabakaga amafaranga, abatayatanze bagakorerwa iyicarubozo.
Mu Ukwakira 2021, u Rwanda rwakiriye abandi baturage barwo 47 Uganda yirukanye ibashinja kuba bari ku butaka bwayo mu buryo bunyuranyije n’amategeko.
Mbere y’uko ibi biba, Uganda yari yataye muri yombi Abanyarwanda babiri ibashinja kuba muri Uganda mu buryo bunyuranyije n’amategeko mu gihe bari basanzwe bafite ibyangombwa bibibemerera nk’abanyeshuri ba Kaminuza.
Ibihumbi by’Abanyarwanda bamaze kwirukanwa muri Uganda mu myaka ine ishize, abo ni abagize amahirwe ntibafungwe bitwa intasi cyangwa ngo bakorerwe iyicarubozo.
Kuva umwuka mubi watangira hagati y’ibihugu byombi, u Rwanda rwakunze kugaragariza Uganda ko abaturage barwo bahohoterwa, gusa nta kintu na kimwe cyigeze gikorwa kuri izo mpungenge.
Abanyarwanda benshi bamaze kwirukanwa muri Uganda bakajugunywa ku mupaka uhuza ibihugu byombi. Benshi muri bo babanza gukorerwa iyicarubozo ribabaza umubiri n’umutima akenshi bashinjwa kuba intasi z’u Rwanda ndetse ntibagezwa imbere y’ubutabera ngo baburanishwe.
U Rwanda rwo rushinja Uganda ko ishyigikira imitwe y’iterabwoba igamije kuruhungabanyiriza umutekano irimo RNC ya Kayumba Nyamwasa.
source : https://ift.tt/321wl35
Aba bagenzacyaha bahuguriwe mu Ishuri Rikuru rya Polisi y’Igihugu riri mu Karere Musanze, kuva ku wa 10 Gicurasi 2021.
Abahuguwe bigishijwe amategeko, kugenza ibyaha no kubika amadosiye, imyitwarire, kwirwanaho bakoresheje intwaro cyangwa zidakoreshejwe, kubungabunga ibimenyetso bigize icyaha n’andi masomo bazakenerwa mu mwuga wabo.
Bamwe mu bitabiriye aya mahugurwa bavuga ko bahungukiye ubumenyi mu gukumira no kurwanya ibyaha byibasiye umuryango Nyarwanda kandi ko biteguye gufatanya n’izindi nzego zirimo n’abo basanze mu mwuga.
Christella Fatina Akoguteta yagize ati “Amasomo n’ubumenyi twahawe byazamuye urwego rwacu ku buryo dushobora kubika ibimenyetso no kugenza ibyaha kandi twize n’uburyo bwo kwirinda dukoresheje intwaro cyangwa tutazikoresheje. Tugiye gukorana n’abandi batubanjirije mu kazi kandi turizera ko tuzatanga umusaruro.’’
Ganza Borris na we yagize ati “Twahawe ubumenyi buhagije natwe twiteguye guhangana no gukumira ibyaha n’ubwo bitaranduka burundu ariko twizeye kuzatanga umusanzu wacu mu kubigabanya. Hari ibyaha byinshi birimo n’iby’ikoranabuhanga kandi dufite amatsinda yabizobereyemo tuzafatanya turwanye n’ibindi.’’
Umuyobozi w’Ishuri Rikuru rya Polisi, CP Rafiki Mujiji, yasabye abagenzacyaha bahuguwe kugira impamba amasomo bahawe mu rugendo batangiye rwo kuyashyira mu bikorwa.
Yagize ati “Turizera ko uburyo aba banyeshuri bitwaye n’ubumenyi bahawe bizababera impamba ikomeye mu mirimo yose igihugu kizabashinga.”
Umunyamabanga Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, Rtd Col Jeannot Ruhunga, yasabye abagenzacyaha kurangwa n’ikinyabupfura, gukunda umurimo bagiyemo no gukorera hamwe hagamijwe kugera ku ntego yo gukumira no kurwanya ibyaha.
Yagize ati “Impanuro nabaha ni ukugira ikinyabupfura kuko ntacyo wageraho udafite ikinyabupfura. Turabasaba kandi gukunda umwuga bagiye gukora birinda kugira amarangamutima kuko muri uyu murimo harimo ibyo bazahura nabyo bibasaba gukomera kugira ngo bakore dosiye neza. Ibi biriyongeraho no gukorera hamwe kugira ngo bigerweho.’’
Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta, Dr Ugirashebuja Emmanuel, yasabye abagenzacyaha gukorana umurava mu guhangana n’ibyaha cyane cyane ibikorwa hifashishijwe ikoranabuhanga no kwirinda ingeso mbi zirimo amarangamutima na ruswa zifatwa nk’ibyorezo mu mwuga wabo.
Yagize ati “Uru rwego rumaze igihe gitoya ariko iyo urebye umuvuduko ruriho mu guhangana n’ibyaha ntiwabikeka. Ndagira ngo mbibutse ko muri iki gihe Isi iri mu muvuduko w’iterambere ry’ikoranabuhanga nka internet, n’ibyaha ntibyahatanzwe, hari n’ibindi byaha nk’icuruzwa ry’abana, ibiyobyabwenge n’ibindi.”
Yakomeje ati “Hari n’ibindi byaha bihangayikishije igihugu harimo nk’ingengabitekerezo ya Jenoside, ivangura n’amacakubiri, kunyereza umutungo wa Leta, ruswa n’ibindi byaha bifitanye isano nayo, gusambanya abana n’ibindi. Imwe mu nzira zo guhangana nabyo ni ukongerera ubumenyi abagenzacyaha kuko umwana apfa mu iterura. Iyo dosiye yakozwe nabi biragora ko n’umushinjacyaha yabasha kuyikora.’’
Minisitiri Dr Ugirashebuja yasabye aba bagenzacyaha gukomeza kwihugura mu ikoranabuhanga kugira ngo babashe guhangana n’ibyaha byugarije sosiyete.
Ati “Ndagira ngo nibutse mwe bagenzacyaha murangije aya mahugurwa kwirinda ibisitaza cyane cyane ruswa n’ibyaba bifitanye isano nayo, ndetse mukirinda n’icyenewabo. Ndabizeza ko Leta izakomeza kubaba hafi ibagenera ibisabwa byose kugira ngo tugere ku butabera bunoze.’’
Abagenzacyaha batangiye amahugurwa ari 135 ariko 133 ni bo bayasoje ku wa 17 Ugushyingo 2021, babiri birukanywe kubera imyitwarire mibi. Abasoje amasomo barimo 99 ba RIB, batanu bo muri RDF, batanu bo muri NISS na 24 bo muri Polisi y’Igihugu.

source : https://ift.tt/3CsOrHO
Uyu muhango wabaye ku wa Gatatu w’iki Cyumweru. Ntabwo higeze hatangazwa ibyo aba bombi baganiriye.
Dr. Diane Gashumba wahoze ari Minisitiri w’Ubuzima, yagizwe Ambasaderi w’u Rwanda muri Suède muri Kamena uyu mwaka asimbuye Christine Nkulikiyinka wari umaze imyaka itanu kuri iyo mirimo.
Gashumba areberera inyungu z’u Rwanda no mu bindi bihugu birimo Norvège, Finland, Denmark na Iceland.
source : https://ift.tt/3nqCm1w
Udupfukamunwa, ibyuma byongera umwuka (ventilators), gusuhuzanya abantu bahana ibipfunsi, kwiga cyangwa guhaha hifashishijwe ikoranabuhanga no gukaraba intoki ni bimwe mu byakanguwe n’icyorezo, bitangira gukoreshwa cyane n’abantu, hirindwa ko gisakara hose cyangwa ngo gikomeze kwivugana abantu.
Nubwo hashyizweho ingamba zitandukanye mu kwirinda iki cyorezo, birashoboka cyane ko zimwe zishobora kugumaho kuko zagize akamaro gakomeye no mu bindi byiciro by’ubuzima.
Ikoranabuhanga mu bucuruzi
Covid-19 itaraza benshi mu bacuruzi bo mu Rwanda bajyaga kurangura hanze yaba mu Bushinwa, Dubai cyangwa ahandi. Imaze kuza, ingendo zarahagaritswe ikoranabuhanga rihabwa intebe abantu batangira gutumiza ibicuruzwa hanze bakoresheje uburyo bw’iyakure (online), bikomeza gutyo na nyuma y’uko ingendo zisubukuwe.
Uretse gutumiza ibicuruzwa, hari uburyo bushya bwo kwishyura hifashishijwe Mobile Money bwashyizwemo ingufu na MTN Rwanda bwa Momo Pay kubera Covid-19.
Ubu buryo butuma abantu bishyura amafaranga ntibakatwe ndetse n’umucuruzi uyahawe ntakatwe mu gihe ayabikuza, yanakatwa agakatwa make bitewe n’umubare w’ayo yishyuye, bitandukanye n’ibyari bisanzwe bya Mobile Money aho umuntu yatangaga amafaranga agakatwa n’uyakiriye bikagenda uko.
MTN iherutse gutangaza ko abacuruzi bakoresha ubu buryo mu kwishyura bavuye ku 3000 muri 2020 bagera ku 50.000 muri Nzeri 2021, mu gihe abishyura bakoresheje MoMo Pay nibura buri kwezi basaga miliyoni 1.3.
Ubu buryo bubiri bw’ikoranabuhanga buri mu bushobora kugumaho na nyuma ya Covid-19.
Gukaraba intoki
Gukaraba intoki nta watinya kuvuga ko ari umuco wimakajwe nyuma y’uko iki cyorezo kije kuko ni gake washoboraga kubona umuti wica udukoko (hand sanitizer) aho abantu bakorera cyangwa se aho gukarabira cyangwa kandagira ukarabe ahahurira abantu benshi.
Nubwo benshi ubu babikora ari ukwirinda Covid-19, byagabanyije n’izindi ndwara zishobora guterwa n’umwanda wo ku ntoki, kuko zihora zanduye kandi zifite udukoko twinshi dushobora kwinjira mu mubiri w’umuntu mu gihe atakarabye, duciye mu kanwa, mu maso cyangwa mu mazuru tukamuteza indwara zirimo impiswi, umwijima, ibicurane, n’izindi.
Minisiteri y’Ubuzima ihamya ko indwara ziterwa n’umwanda zagiye zigabanuka kubera gukaraba intoki ndetse ko uyu muco ukwiriye gukomeza na nyuma yuko Covid-19 irangiye.
Gusuhuzanya abantu badakorana mu ntoki
Ubusanzwe mu muco w’Abanyarwanda abantu barasuhuzanya bagakorana mu ntoki. Ubu bisa nk’ibyacitse kubera icyorezo cya Covid-19 hirindwa ko hari uwayanduza undi binyuze mu gukoranaho.
Nubwo wacitse ariko hari benshi babyishimira bavuga ko bibaye byiza byagumaho abantu ntibongere kujya basuhuzanya.
Hari uwagize ati “Njye kudasuhuzanya mu ntoki narabikunze kuko byaturinze guhanahana imyanda tuba twagiye dukoramo. Njye sinakwifuza ko bigaruka.”
Ibi abihuje na Makuza Mark wagize ati “Kuba gusuhuzanya mu ntoki byaragabanutse ni byiza cyane kuko nubwo hatarakorwa ubushakashatsi, ndacyeka hari umwanda mwinshi byateraga bivuze ko zimwe mu ndwara twanduriragamo zagabanutse.”
Benshi bemeza ko uyu muco wo gukora mu ntoki zundi musuhuzanya ushobora gucika, abantu bagakomeza gukoresha ibipfunsi cyangwa guhoberana nyuma y’icyorezo.
Kwizigamira
Kwizigamira benshi bajyaga bavuga ko ari iby’abakire cyangwa abantu bamaze kwihaza bagasagura ayo kubika, gusa Coronavirus imaze kuza bamwe batangiye kwicuza impamvu batabikoze hakiri kare kuko ababashije kubaho neza mu gihe cy’iminsi irenga 40 ya guma mu rugo ya mbere ari abari bariteganyirije.
Karangwa Jacques wacuruzaga imyenda ubwo Covid-19 yageraga mu Rwanda yabwiye IGIHE ko Guma mu rugo ya mbere yabaye amaze igihe gito aranguye imyenda, amafaranga yose yarayashoye asigaranye make cyane yo kumutunga mu byumweru bibiri gusa.
Ati “Ubuzima bwarangoye mbaho nabi, nabonye ko no muri duke nabonaga nashoboraga kwizigamira. Ubu ndizigamira cyane, 20% by’ayo ninjiza ndayazigama.”
Uretse uyu mucuruzi, hari n’abandi benshi bahamya ko bamenye agaciro ko kwizigamira nyuma y’icyorezo cya Covid-19, kuko nta wumenya uko ejo haba hameze.

Gushyira ingufu muri gahunda z’ubuvuzi
Covid-19 ni cyo kintu cyerekanye ko Afurika itewe itakwitabara mu bijyanye n’ubuvuzi kuko kuva ku dupfukamunwa kugera ku bikoresho bindi byifashishwa mu kwirinda Covid-19 cyangwa kuramira ubuzima bw’abayirwaye, byinshi bituruka hanze yayo ndetse hanagaragaye ko umugabane nta bushobozi ufite bwo gukora inkingo.
Uku kwishingikiriza ku bandi kwagaragaye mu gihe cy’icyorezo ni ko kwatumye ibihugu bimwe bishakisha uburyo bwo gushyira ingufu mu buvuzi harimo n’u Rwanda, cyane ko ruri mu bihugu bibiri muri Afurika bigiye kubakwamo uruganda rukora inkingo zirimo iza Covid-19, Malaria, Igituntu n’izindi.
Uretse inkingo hari ibikoresho nk’udupfukamunwa two kwa muganga twatangiye gukorwa n’inganda zo mu Rwanda kandi twaratumizwaga hanze, ibyuma bitunganya umwuka byari bike ku mavuriro byarongerewe ndetse n’ibindi.
Amakuru ajyanye n’ubuzima yacaga ku mbuga nkoranyambaga za Minisiteri y’Ubuzima n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima, RBC, nayo yatangiye gukurikiranwa na benshi bashaka kumenya uko Covid-19 ihagaze mu gihugu, bigatuma banaboneraho kumenya n’andi makuru y’ubuzima.
Ibi ni bimwe mu bintu bishobora kuzagumaho na nyuma y’iki cyorezo cyane ko gitangiye kugabanuka hirya no hino ku Isi kubera ko benshi bamaze guhabwa inkingo.
source : https://ift.tt/3oGPZcw
Itsinda ry’abashoramari bikorera 17 bo muri Angola bari mu Rwanda mu rugendo rugamije kurwigiraho no gushaka amahirwe y’ishoramari ashobora kuba ahari kugira ngo bakomeze kwagura ibikorwa byabo by’ishoramari bigamije guhindura Afurika iteye imbere.
Umuyobozi uhagarariye Urwego rw’Abikorera muri Angola, Isabel E. Soares da Cruz, yavuze ko nyuma yo kwerekwa amahirwe ari mu Rwanda, abona abashoramari baturutse mu gihugu cye bagiye gushora imari mu rwego rw’ubuhinzi n’ubworozi, ubucuruzi bw’amafi, ikoranabuhanga ndetse no guteza imbere inganda.
Yagize ati “Turifuza guhindura imitekerereze y’abanyafurika bumva ko bidashoboka kuko tuzi neza ko bashobora gukora ibyiza byinshi bafatanyije. Kuri twe twishimiye gukorana n’abanyarwanda cyane ko Paul Kagame ari gukora ibikorwa by’intageraranwa. Twe tumubona nk’umuntu uri gukora ikintu kigamije guhindura imyumvire y’Abanyafurika.”
Yakomeje ati “Abanyangola turifuza gushora mu buhinzi ndetse n’ubworozi bw’amafi, twamaze kumenya ko u Rwanda rutumiza amafi mu Bushinwa, twumvise bigoye cyane kandi natwe muri Angola dufite amafi menshi. Twizeye ko dufatanyije twakora byinshi byiza. Reka dutegereze gusinya ayo masezerano y’ubufatanye mu buhinzi n’ubworozi bw’amafi.”
Isabel E. Soares yagaragaje ko abashoramari bo mu Rwanda na bo bashobora gushora imari mu gihugu cye hagamijwe guteza imbere ibikorwa by’ubwikorezi na serivisi.
Ambasaderi wa Angola mu Rwanda, Eduardo Filomeno Barber Leiro Octavio, yavuze ko ari iby’agaciro kwakira abashoramari bavuye muri Angola basura u Rwanda mu rugendo rugamije gusangira ubumenyi n’abagenzi babo b’Abanyarwanda no kurebera hamwe uko ibintu mu ishoramari bishobora gukorwa.
Yongeye kugaragaza ko umubano w’u Rwanda na Angola uhagaze neza cyane ko ibihugu byombi bikomeje gusinyana amasezerano y’ubufatanye mu nzego zinyuranye.
Perezida w’u Rwanda Paul Kagame aheruka muri Angola muri Mata uyu mwaka anaganira na Perezida wa Angola João Lourenço, mbere yo kwitabira inama ya kabiri ya ‘ICGLR Mini-Summit’, yigaga kuri politiki n’uko umutekano uhagaze muri Centrafrique.
Ku rundi ruhande ariko João Lourenço na we aheruka mu Rwanda muri Gashyantare 2020 ubwo yari yitabiriye Inama yahuzaga abakuru b’ibihugu by’u Rwanda na Uganda igamije gukemura ibibazo by’umwuka mubi wari uri hagati yabyo n’ubwo ntacyo ibyo biganiro byagezeho ku birebana no gufungura imipaka.
Yagaragaje ko mu rwego rwo guhaza Isoko Rusange rya Afurika, bikwiye ko aba bashoramari baharanira kongera ibyohererezwa mu mahanga, kunoza imitangire ya serivisi, guteza imbere ishoramari, ku nyungu z’ibihugu byombi.
Umuyobozi w’Ishami rishinzwe Ibikorwa by’Ishoramari mu Rwego rw’Igihugu rw’Iterambere, RDB, Philip Lucky, yagaragaje ko kugeza ubu hari amahirwe menshi y’ishoramari mu Rwanda ku buryo aba bashoramari byaborohera kurugana.
Yagize ati “Ni abantu bavuye mu nzego z’abikorera muri Angola, baje kureba amahirwe ahari ndetse no gutsura umubano hagati y’abikorera b’ibihugu byombi. Amahirwe twaberetse ni ajyanye n’inganda kandi twaberetse amahirwe dufite mu gihugu mu rwego rwo kongera umusaruro mu byo dukora no kuzana inganda nshyashya kandi twabonye ko bafite ubwo bushake bwo kuza gushora imari.’’
Mu yandi mahirwe yeretswe aba bashoramari bo muri Angola harimo ibijyanye no gukora ibikoresho by’ubwubatsi cyane ko biri no mu bitumizwa mu mahanga ku bwinshi, guteza imbere ubuhinzi n’ubworozi no gutunganya umusaruro ubikomokaho n’ibindi.
Philip yavuze ko kandi kuba ibihugu biri gushaka amahirwe y’ishoramari aboneka mu Rwanda bisobanuye byinshi birimo kuba igihugu gitekanye cyakorerwamo ishoramari, korohereza abashoramari ndetse n’uburyo babona inzego z’abikorera mu Rwanda zifite ubushake bwo gukorana n’abagamije gutangiza ishoramari rihamye.
Yagaragaje ko hari amahirwe menshi y’ishoramari ku banyamahanga mu nzego zinyuranye cyane ko hagiye hari n’imishinga itandukanye igamije guteza imbere abaturage yiganjemo igamije kongera umusaruro w’ibikomoka ku buhinzi n’ibikorerwa mu nganda.
Umuyobozi wungirije w’Urugaga rw’Abikorera mu Rwanda, Eric Gishoma, yavuze ko kugeza ubu abashoramari bo mu Rwanda bakorera muri Angola ari bake ariko ko ubu noneho biteguye kwiyongera.
U Rwanda na Angola biritegura gusinyana amasezerano asaga 13 y’imikoranire azafasha mu nzego zinyuranye zigamije iterambere.
source : https://ift.tt/3DIDSSF
Yabitangaje ku wa 16 Ugushyingo 2021 ubwo yasuraga Akarere ka Karongi, Minisitiri w’Ubuzima w’u Rwanda, Dr Ngamije Daniel akamwereka ibikorwa by’abajyanama b’ubuzima n’uruhare bagira mu guhangana na Malaria.
Abajyanama b’ubuzima beretse aba bayobozi uburyo bakoresha mu kurwanya Malaria burimo imiti yica imibu n’uburyo bwo gusuzuma ibidendezi bakamenya niba birimo imibu itera malaria.
Iyo babonye ikidendezi kirimo imibu itera Malaria bahita bakigomorora bagashyiramo amazi mashya ibi bakabikora buri minsi itatu kugeza iyo mibu ipfuye igashira.
Umuyobozi w’Ikigo Nderabuzima cya Mubuga yabwiye aba baminisitiri ko uburyo bwose bwo kurwanya Malaria hiyongereyeho no kuba isigaye ivurwa n’abajyanama b’ubuzima byatumye ibipimo by’abarwayi bayo muri aka gace bimanuka biva kuri 37% bigera kuri 12% ndetse ngo nta muntu ukicwa n’iyi ndwara.
Minisitiri Kagwe yashimye uburyo abajyanama b’ubuzima bafatanya n’abakozi ku bigo nderabuzima gushakisha aho imibu iterera amagi ngo hafatwe ingamba zo kuyirinda hakiri kare.
Yavuze ko ibi bikorwa abajyanama b’ubuzima bakora ari indashyikirwa kuko bifasha igihugu mu kuzigama amafaranga menshi yakabaye agenda mu bikorwa byo kuvuza abarwayi ba Malaria.
Dr Ngamije yavuze ko mu rwego rwo guhangana na Malaria mu bihugu bigize akarere u Rwanda ruherereyemo, ari byiza ko igihugu nka Kenya gisura ibikorwa bishingirwaho mu kuyihashya kugira ngo ibyo ashima bibe byaha umurongo ngenderwaho washyigikirwa n’ibindi bihugu kugira ngo bagire imyumvire imwe mu kurwanya iyo ndwara.
Umuyobozi Mukuru wa SFH Rwanda, Manase Gihana Wandera, ufasha kubonera imiti n’amahugurwa abajyanama b’ubuzima mu kurwanya Malaria avuga ko ubu hari kwigwa ubutyo bahana ubumenyi n’ibindi bihugu ku bikorwa byahurirwaho mu kurwanya iyo ndwara ku buryo bwagutse.
source : https://ift.tt/30Hp4oX