Tag: featured

  • Ab’i Musanze mu bisubizo byo koroherezwa ingendo n’uburyo bushya bwo kureshya abakerarugendo (Amafoto) –

    Muri icyo gihe hari hakiri ibisigisigi bya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ndetse n’intambara y’Abacengezi yo mu 1997/1998 yakurikiye, igashegesha by’umwihariko Amajyaruguru.

    Bajeni Mpumuro iyo abara iyo nkuru yerekana ko byari ibihe bigoye ariko ku bufatanye bw’abaturage na Leta bihabwa umurongo muzima.

    Uyu musaza wabaye Depite mu Nteko Ishinga Amategeko hagati ya 2003 na 2008, atuye mu Mudugudu wa Byimana, Akagari ka Ruhengeri mu Murenge wa Musanze. Yahaguze ikibanza mu 1999, atangira kuhubaka mu 2000.

    Bajeni yubatse hafi ya ruhurura ya Rwebeya inyuramo amazi ava mu Birunga ariko icyo gihe yari ikibazo kuko itoroherezaga urujya n’uruza rw’abantu n’ibintu.

    Nk’Intumwa ya Rubanda, Bajeni yakoze ubuvugizi asaba ko hakubakwa ikiraro kuri iyo ruhurura mu korohereza imigenderanire no gukemura ibibazo by’umutekano muke.

    Yagize ati “Nta kiraro cyari gihari, yari imanga ikomeye ku buryo umuntu mukuru atamanukagamo n’uwanyuragamo yabaga afashwe n’umusore.’’

    Mu gihe cy’imvura ho ntibyashobokaga kunyura kuri iki kiraro kuko ruhurura inyuramo amazi menshi ava mu Birunga.

    Bajeni yatanze urugero rw’abagore bane b’i Gisenyi bari bafite abana babo yasanze babuze uko bacyambuka nyuma yo kuzura kubera amazi y’imvura, akabaha umwana ubaherekeza bajya kuzenguruka mu yindi nzira.

    Ati “Numvise ngize umubabaro w’abaturage n’iki kiraro. Natangiye kugisaba mu buyobozi, hari mbere ya 2008. Uburyo bwagiye bushakishwa ndetse igihe kigeze haboneka igisubizo, bavuga ko bataduha ikiraro gusa ahubwo banaduha kaburimbo.’’

    Depite Bajeni Mpumuro Emmanuel yashimye ubuyobozi burangajwe imbere na Perezida Kagame wumvise ubusabe bw’abaturage hakubakwa ruhurura ya Rwebeya n’umuhanda uhuza abatuye mu Kagari ka Ruhengeri

    -  Abakoresha inzira inyura kuri Rwebeya baranyuzwe

    Ruhurura ya Rwebeya ireshya na metero 720 imanukana amazi kuva mu Kinigi ikayasuka mu Mugezi wa Mukungwa. Yubatswe mu cyiciro cya mbere cy’umushinga wo kubaka imihanda na ruhurura mu mijyi yunganira uwa Kigali.

    Muri Musanze, hubatswe imihanda ya 4,577 Km yatwaye asaga miliyari enye na miliyoni 202 Frw na ruhurura ebyiri za metero 922 za miliyoni 949.9 Frw.

    Bajeni yavuze ko kuri ubu ingendo zoroshye kuko abajya ku isoko, kwa muganga n’ahandi nta nkomyi bagihura nayo.

    Ati “Nka nimugoroba, abajura bamburaga abagore n’abagabo bakirukira muri ruhurura bakabura. Ubu ibintu bimeze neza, ubujura bwaragabanutse kuko umuhanda ucaniwe kandi ari nyabagendwa. Iki cyabaye igisubizo ku baturage bakomeje kwishimira ubuyobozi bwa Perezida Kagame.’’

    -  Abegerejwe imihanda ubuzima bwabo bwarahindutse

    Inyungu z’iyubakwa ry’imihanda na ruhurura zinashimangirwa n’abakoresha inzira y’aho yubatswe.

    Ntakirutimana Jean d’Amour ukorera i Musanze yavuze ko akiri umumotari iyo imvura yagwaga, yawunyuragamo ahura n’icyondo cyinshi.

    Ati “Hari igihe wabaga wiyambariye inkweto uri nk’umusirimu, imvura yagusangamo ugahindana. Ubu haba mu gihe cy’imvura no mu zuba turagenda.’’

    Ntakirutimana Jean d’Amour atuye mu Byangabo ariko akorera mu Mujyi wa Musanze

    Mukampirwa Antoinette ukorera ubucuruzi mu Mudugudu wa Giramahoro mu Murenge wa Muhoza ni umwe mu bungukiye muri ibi bikorwa remezo.

    Ati “Maze hano amezi icyenda ariko nkihaza umuhanda ntiwari umeze neza, waranguraga ibintu bikuzura ivumbi kuko ducuruza inyanya n’imboga. Rimwe wabanzaga kubyoza, bigatwara umwanya. Ubu ni yo uzanye ibicuruzwa, ubwikorezi bwabyo buroroha.’’

    Mukampirwa Antoinette ukorera ubucuruzi mu Mudugudu wa Giramahoro mu Murenge wa Muhoza muri Musanze yavuze ko ubucuruzi bwabo bugenda neza nyuma yo kubakirwa umuhanda mushya

    -  Imihanda mishya ihanzwe amaso mu kureshya abakerarugendo

    Umuyobozi w’Akarere ka Musanze, Nuwumuremyi Jeannine, yasobanuye ko imihanda ari ubuzima kuko ituma habaho ubuhahirane, isuku n’iterambere.

    Ati “Mu Karere kacu haba imvura nyinshi, iyo amazi abaye menshi, akajya mu baturage nta nzira afite iyo ayishakiye biba bibi. Kubona ibiraro bikomeye bituma twambuka n’imihahiranire iba myiza, bidufitiye akamaro gakomeye mu bijyanye n’ibidukikije.’’

    Yavuze ko imihanda ari inzira nyabagendwa ituma haboneka umutekano, ubucuruzi bukiyongera bigatuma n’abagenda umujyi batikandagira.

    Ati “Abaza gusura umujyi wacu bashobora gutembera mu mutuzo no mu mudendezo. Ibirunga ni byo bituma haza abakerarugendo benshi, iyo hari imihanda baratembera, bakaharara bwacya bakahirirwa.’’

    Nubwo bikiri mu mishinga ariko haratekerezwa uko ba mukerarugendo bavuye mu Birunga gusura ingagi bajya bagira amahitamo menshi y’aho gutemberera.

    Ati “Intego y’Akarere ka Musanze ni uko umukerarugendo aza yari afite umunsi umwe, akahamara itatu kubera ko yabonye ahandi hantu ashobora kujya gutemberera. Iyo hari ibikorwa remezo by’imihanda, aravuga ati ‘reka nyure hano njye kureba’. No kubona imiturire, iterambere ry’abaturage na bwo ni ubukerarugendo. Hari coffee shop nshya zavutse ku buryo uvuye mu Birunga avuga ati reka nyure ku Rusagara, ku Ibereshi,…’’

    Yavuze ko ishoramari ryavutse rijyanye n’ubucuruzi ndetse n’agaciro k’ubutaka karazamutse kuko usanga nk’uwari ufite inzu ya miliyoni 10, uba arazamura iya miliyoni 100 Frw.

    Mu cyiciro cya kabiri cy’iyubakwa ry’imihanda i Musanze hakozwe ireshya na 6.428 Km, ikaba igeze ku gipimo cya 94.2%.

    -  Mu 2018 ubwo hakorwaga imirimo ya nyuma yo kubaka ruhurura ya Rwebeya

    Amazi ava mu Kinigi yaciriwe inzira azajya anyuramo

    Hubatswe ikiraro gihuza abaturage bo mu Kagari ka Ruhengeri mu Murenge wa Muhoza

    Ruhurura ya Rwebeya yakemuye ikibazo cy’abahitanwaga, bakanasenyerwa n’amazi ava mu Birunga

    Rwebeya ireshya na metero 720 imanukana amazi kuva mu Kinigi ikayasuka mu Mugezi wa Mukungwa

    Abaturiye n’abakoresha umuhanda w’ahubatswe ruhurura ya Rwebeya barasubijwe

    Mu kubaka ruhurura ya Rwebeya hari icyobo cyatabwe hakoreshejwe imifuka 900 ya sima

    Iyubakwa rya ruhurura ya Rwebeya rifatwa nk’igisubizo ku baturage n’intambwe yerekana ko abaturage bazirikanwa n’ubuyobozi

    Ibibazo byatezwaga n’amazi anyura muri iyi ruhurura byabaye amateka nyuma yo kuyubaka bigezweho

    Iyi ruhurura izakomeza kubakwa kuko mu cyiciro cya gatatu cy’uyu mushinga hazubakwa ikindi kilometero kimwe

    Mbere muri iyi ruhurura hari abibaga abagenzi bagahita bayirohamo, bakaburirwa irengero. Ubu ni bumwe mu buryo bwifashishijwe mu kubungabunga ibidukikije

    Umuyobozi w’Akarere ka Musanze, Nuwumuremyi Jeannine, yasobanuye ko umujyi uri kwiyubaka kugira ngo ukomeze kugana ku rwego rw’iyunganira Kigali. Yavuze ko imihanda ituma haboneka umutekano, ubucuruzi bukiyongera bigatuma n’abatembera umujyi batikandagira

    Indi mihanda yubatswe mu myaka ishize yatangiye kubyara umusaruro

    Imibare yo mu 2018 yerekana ko mbere y’umushinga watewe inkunga na Banki y’Isi muri Musanze hari imihanda ya kaburimbo ireshya n’ibilometero 72Imibare yo mu 2018 yerekana ko mbere y’umushinga watewe inkunga na Banki y’Isi muri Musanze hari imihanda ya kaburimbo ireshya n’ibilometero 72

    Mu cyiciro cya mbere cy’uyu mushinga i Musanze hubatswe imihanda y’ibilometero 4 na metero 577, yatwaye asaga miliyari enye na miliyoni 202 Frw

    Abatuye mu Mujyi wa Musanze bubakiwe imihanda yoroheje uburyo bw’ingendo bakora mu bice bitandukanye

    Imihanda myinshi ni nyabagendwa, yatangiye kubyazwa umusaruro

    Iyo biba umuhanda w’igitaka, gutwara ibi bitoki byari kuba ingorabahizi

    Ingendo ziganjemo iz’amaguru zarushijeho kuborohera

    Hari aho usanga amagare akoreshwa mu ngendo zitandukanye

    Haracyari kubakwa imihanda mishya mu cyiciro cya kabiri

    Hari imihanda ikiri kubakwa mu cyiciro cya kabiri cy’uyu mushinga watewe inkunga na Banki y’Isi na Guverinoma y’u Rwanda

    N’abanyeshuri bashyizwe igorora kuko ubu bajya kwiga banyuze mu mihanda ikenkemuye

    I Musanze mu cyiciro cya gatatu hazubakwa ibice bitandukanye ahazubakwa imihanda irimo uhuza ujya muri Rubavu n’ugana Nyakinama. Hazibandwa cyane ku hari guturwa cyane n’ahakenewe ibikorwa remezo hamaze guturwa

    Imihanda mishya ifatwa nk’iturufu izajya ituma abakerarugendo babona ahantu henshi ho gusura nyuma yo kuva mu Birunga ahabarizwa ingagi zikundwa na benshi

    Mu duce tumwe na tumwe tw’i Musanze haracyubakwa imihanda mishya mu gukomeza kubaka uyu mujyi nk’umwe mu yunganira Kigali

    Mu kubaka imihanda hanibandwa cyane ku nzira z’amazi kugira ngo itazahita yangirika

    Muri aka gace ni mu Kizungu, ahazubakwa imihanda mishya mu cyiciro cya gatatu cy’umushinga wo gukwirakwiza imihanda mu mijyi yunganira uwa Kigali

    Amafoto: Niyonzima Moïse


  • Ntituzakomeza kwihanganira amarira y’abaturarwanda bibwa – CP Rumanzi aburira abajura –

    Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 9 Kamena, Polisi y’u Rwanda yagiranye ibiganiro n’abakorera mu bice bitandukanye mu Karere ka Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali.

    Yari iyobowe n’Umuyobozi w’Ishami rya Polisi rishinzwe ibikorwa n’ituze rusange, CP George Rumanzi. Yari kumwe n’Umuyobozi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali, ACP Felly Bahizi Rutagerura n’Umuyobozi w’ishami rishinzwe kurwanya ubucuruzi bwa magendu n’ibindi byaha, ACP Toussaint Muzezayo.

    CP Rumanzi yagaragarije aba bacuruzi ko muri iki gihe mu Mujyi wa Kigali hakomeje kugaragara abantu biba ibikoresho mu ngo z’abaturage cyangwa rimwe na rimwe bakabyiba mu maduka.

    Ni ibikoresho byiganjemo za televiziyo (Flat Screen), mudasobwa ngendanwa (Laptops), telefoni na za frigo.

    CP Rumanzi yavuze ko mu iperereza rigenda rikorwa kuri ubwo bujura byagaragaye ko abiba ibyo bintu babizanira bariya bacuruzi bakabibagurira ku mafaranga make. Yabibukije ko ibi ari ubufatanyacyaha mu bujura, abasaba kujya babyitondera.

    Ati “Hari abantu dufata bibye ibintu mu baturage byiganjemo biriya by’ikoranabuhanga bakabibazanira mukabigura. Ni ubufatanyacyaha, mujye mubabaza aho byaturutse, mumenye uwo muntu ubizanye umwirondoro we muwandike, mumenye aho akorera, aho yaturutse kugira ngo nubifatanwa uzamugaragaze akurikiranwe.”

    CP Rumanzi yatanze umuburo ko Polisi y’u Rwanda itazihanganira ko abaturarwanda bakomeza gutaka bavuga ko barimo kwibwa imitungo yabo ndetse bamwe bakahakomerekera abandi bakahaburira ubuzima kubera abo bajura. Yasabye abo bacuruzi gufatanya na Polisi bakarwanya ubwo bujura.

    Ati “Mutekereze ko uwo bibye aba yasigaye ababaye cyangwa yanapfuye. Polisi y’u Rwanda ntizihanganira abajura n’ababafasha, ntituzakomeza kwihanganira amarira y’abaturarwanda barira bibwe, ucuruza acuruze mu mahoro ariko n’abiba mutange amakuru bafatwe.”

    Umuyobozi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali, ACP Felly Bahizi Rutagerura, yagaragarije abari bitabiriye inama ko abajura barimo kwibasira abanyamahanga baba mu Rwanda bagamije kwangiza isura y’u Rwanda. Yavuze ko abagura biriya bijurano aribo babi kuko bababera isoko bagakomeza kwiba.

    Ati “Bariya bajura bariba abantu bose ariko cyane cyane abanyamahanga kuko bo baba barabwiwe ko mu Rwanda hari umutekano usesuye ugasanga nta bwirizi na buto bakoreye imitungo yabo. Mwebwe rero turabasaba kugira ubunyangamugayo no gukunda Igihugu mukajya mugaragaza bariya babazanira ibintu ngo mubigure. Ababigura nibo babi kuko nibo soko ryabo, abajura badafite ababigura babireka.”

    Yabibukije ko itegeko nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange Ingingo ya 84 ivuga ko Umufatanyacyaha ahanwa nk’uwakoze icyaha.

    Imwe mu nama ACP Rutagerrura yagiriye abitabiriye inama ni uko bakwibumbira mu makoperative kuko bizabafasha guca akajagari bakagira amategeko abahuza kandi bakarushaho kumenyana bityo bakajya babasha gufata abajura babinjiramo.

    Abitabiriye ibiganiro bishimiye inama bagiriwe na Polisi y’u Rwanda bavuga ko iyi nama yari ikenewe. Bavuze ko ibyo Polisi ivuga ari ukuri kuko bamwe muri bo bajya bagura ibyibano bazaniwe n’abajura.

    Uwitwa Tandimwebwa Danallo akorera mu Mujyi wa Kigali mu Karere ka Nyarugenge aho bita ku iposita, akora ibikoresho by’ikoranabuhanga byapfuye.

    Yagize ati “Icya mbere tugiye kurushaho gukorana na Polisi y’u Rwanda cyane cyane mu guhana amakuru kugira ngo umuntu uje kugurisha ikintu kitari icye afatwe akurikiranwe.”

    Havugimana Narcisse akorera ahitwa Kazi ni Kazi mu Karere ka Nyarugenge acuruza ibikoresho byakoze, yashimye kuba Polisi yabanje guhuza abacuruza ibikoresho byakoze. Yavuze ko igitekerezo cyo kwibumbira mu makoperative ari ingenzi mu kurwanya abajura bagenda bagurisha ibikoresho byakoze by’ibyibano.

    Ari Havugimana na Tandimweba baremera ko hari bamwe muri bagenzi babo bajyaga bagura ibikoresho byibwe ndetse nyuma bakaza kubifatanwa umujura yagiye. Bavuga ko hari bimwe mu bikoresho byoroshye gutahura ko uje kubigurisha atari ibye nka Telefoni na za mudasobwa kubera amakuru aba arimo. Bavuga ko nk’umuntu uzajya uzana Televiziyo, Radio, Frigo n’ibindi bitagaragaza amakuru bazajya babanza kubaza uwabizanye inyemezabwishyu yabiguriyeho utayifite bamwake imyirondoro ye yose kugze ku mudugudu atuyemo.

    Polisi y’u Rwanda ivuga ko kuva muri Werurwe 2021 kugeza muri Gicurasi mu Mujyi wa Kigali hamaze kwibwa ibikoresho by’ikoranabuhanga 774. Byiganjemo amatelefoni, mudasobwa na Televiziyo za rutura. Akarere ka Gasabo kaza ku isonga kuko muri ayo mezi atatu hamaze kwibwa ibintu 387, hakurikiraho Akarere ka Nyarugenge kibwe ibintu 214 naho Akarere ka Kicukiro kibwe ibintu 173.

    Polisi y’u Rwanda yagiranye inama n’abantu bakora ubucuruzi bw’ibikoresho byakozwe biba byiganjemo ibyibano

  • Amerika yemeje ko Rusesabagina atigeze yicishwa inzara –

    Rusesabagina Paul, akurikiranywe n’Urukiko Rukuru, Urugereko Rwihariye Ruburanisha Ibyaha Mpuzamahanga n’Ibyambuka Imbibi, ku byaha bifitanye isano n’ibitero byagabwe n’abarwanyi b’umutwe yashinze wa MRCD-FLN, byaguyemo Abanyarwanda mu bihe bitandukanye.

    Umuryango wa Rusesabagina wifashishije imbuga nkoranyambaga n’ibinyamakuru birimo The New York Times, bamaze iminsi batangaza ko Rusesabagina yamenyesheje umuryango we ko agiye guhagarikirwa ibiribwa, amazi n’imiti yahabwaga.

    Ikinyamakuru KSAT 12 News cyo muri Amerika cyatangaje ko cyavuganye n’ubuyobozi bwa Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’iki gihugu, bugatangaza ko Rusesabagina akomeje guhabwa ibyo kurya, amazi n’ubuvuzi.

    Mu butumwa iki kinyamakuru cyahawe bwavugaga ko amakuru yatanzwe na Ambasade ya Amerika mu Rwanda, avuga ko habayeho ibiganiro n’ubuyobozi bw’u Rwanda, Abahagarariye u Bubiligi mu Rwanda ndetse n’Abunganira Rusesabagina mu mategeko.

    Bukomeza bugira buti “Bose bavuze ko Rusesabagina akomeje guhabwa ibyo kurya, amazi ndetse n’ubuvuzi.”

    “Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga izakomeza gukurikiranira hafi iki kibazo no gukorera ubuvugizi ku buzima bwa Rusesabagina mu nzego zo hejuru za Guverinoma y’u Rwanda.”

    Urwego rw’Igihugu rushinzwe Imfungwa n’Abagororwa, RCS, ruherutse gutangaza ko Rusesabagina atigeze yimwa ibiribwa cyangwa imiti.

    Mu butumwa RCS yanyujije kuri Twitter ku wa 5 Kamena 2021, yagize iti “Urwego rushinzwe amagereza mu Rwanda rufata imfungwa n’abagororwa bose kimwe kandi rwita ku bakenewe kwitabwaho byihariye. Ku kibazo cya Rusesabagina Paul, ubwo yoherezwaga muri Gereza ya Nyarugenge yahawe icyumba cyihariye n’amafunguro yihariye.”

    “Mu minsi ishize yashyizwe mu cyumba rusange kirimo n’izindi mfungwa nyuma yo kwinubira icyo yise ‘gufungirwa mu kato’, ibintu bitaba mu magereza yo mu Rwanda. Kuri ubu ahabwa ifunguro rimwe nk’iry’izindi mfungwa kandi abonana na muganga igihe cyose abikeneye nkuko byari bimeze na mbere.”

    Ni ibintu byashimangiwe n’Umuvugizi wa RCS, SSP Gakwaya Pelly Uwera, mu kiganiro yagiranye na RBA kuri uyu wa Kabiri, aho yavuze ko muri rusange abari muri gereza zo mu Rwanda bafatwa kimwe kandi na Rusesabagina ahabwa uburenganzira bwose yemererwa n’itegeko.

    Amerika yatangaje ko Rusesabagina afashwe neza muri gereza

  • Abarundi barimo uwahoze ateka muri P5 bahakanye ibyaha baregwa –

    Muri 36 bari imbere y’urukiko, icumi muri bo ni abanyamahanga barimo Abarundi umunani, umunye-Congo n’Umugande.

    Aba barundi bireguye bahakana ibyaha bashinjwa barimo, Ndayizeye Saidi, Nduwayezu, Simpunga Grégoire na Ntezimana Tharcisse wo mu Kayanza, bavuze ko n’ubwo bari muri iyo mitwe bari bafite umwanya utabemerera gukora ibyaha kuko bose bari bafite imirimo iciriritse muri iyo mitwe.

    Simpunga Grégoire yabwiye urukiko ko mu mutwe wa P5 yari umutetsi ndetse n’aho babaga bari hose yabaga atwaye imizigo bityo ko ntaho yari guhurira no kwica.

    Yasobanuye ko yinjiyemo ashutswe kandi ko yari mu buzima bubi cyane ko afite umuryango w’abana bane yagombaga gushakira umugati ariko ngo ntiyari azi ko agiye mu ishyamba mu mutwe wa P5 urwanya Leta y’u Rwanda.

    Nduwayezu we yavuze ko yajyanywe abeshywe ko agiye kujya mu Gisirikare cy’u Burundi. Yasobanuye kandi ko Abasirikare b’u Burundi ari bo bamuhererekanyije n’inyenshyamba za ba Mai Mai mu kuri Tanganyika akajyanwa muri Congo. Nduwayezu yavuze ko yasobanukiwe ko ari mu mutwe w’abagamije gutera u Rwanda amazeyo ibyumweru bibiri.

    Mu kwisobanura kandi Nduwayezu yasobanuye ko akazi yakoraga muri P5 kari guhaha no gusenya.

    Ubwo ubushinjachaha bwagagazaga ko yari afite ubushake mu gisirikare kuko yemeye kuva mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo agafatanya n’abandi urugendo rwo kujya kwihuza na RUD Urunana muri Kivu y’Amajyaruguru ngo barusheho no kwegera umupaka w’u Rwanda, Nduwayezu yahise asobanura ko ibyo gutera u Rwanda atari abizi ahubwo ko baje agira ngo bari kwimukira mu rindi shyamba, kandi we mu kuza yari yikoreye imyenda ariko ko nta mbunda yari afite.

    Ubabunganira mu mategeko, yavuze ko aba Barundi bose bajyanywe bakagezwa mu mashyamba ya Congo bashimuswe kandi ko batari kubasha gutoroka n’iminsi bamaze muri iyo mitwe babayeho ku gahato.

    Ubushinjacyaha buhawe umwanya bwagaragaje ko nta cyari gutuma batitandukanya n’uwo mugambi mu gihe cyose batemeranya nawo kuko abo base bagiye bagaragaza ko bavuye mu Burundi bavuganye n’uwitwa Rashid w’Umunyarwanda kandi ko yari yabamenyesheje akazi bagiye gukora.

    Bwakomeje busobanura ko muri bo banizerwaga cyane muri P5 cyane ko Ndayizeye Saidi n’ubwo yagaragarije urukiko ko yakoraga imirimo iciriritse, yaje kugirwa umuyobozi ushinzwe umutekano w’abayobozi b’uyu mutwe “Chief escort” bisobanura icyizere yagiriwe ndetse n’umuhate yari afite.

    Ubushinjacyaha kandi bwagaragaje ko Simpunga Grégoire uvuga ko yashutswe na Mandela, atigeze agaragaza ubushake bwo kutawujyamo. Ngo kuba yarahabwaga uburenganzira bwo kujya guhaha yari afite umudendezo wo kuba yacika ariko nta bushake yagize.

    Ikindi bwagaragaje ko Ntezimana Tharcisse na we yari umwe mu bizerwa bityo aza kugirwa umuyobozi w’umutwe w’abakoraga uburinzi, ngo ibyo byose bisobanura ko bari abizerwa muri P5.

    Ubushinjachaha bwagaragarije urukiko ko ibyo bashingiraho bahakana nta gushidikanya ko babaye mu mutwe wa Gisirikare kuko bose banahawe imyitozo n’amahugurwa bya Gisirikare, ibyo kuvuga ko bahuye n’agahato katigobotorwa, bwavuze ko atari byo kuko ntawagerageje gucika muri bo ngo abure uko abikora.

    Urubanza ruzakomeza kuri uyu wa Kane abakekwa bakomeza kwisobanura ku byaha bashinjwa.

    Abarundi bisobanuye bahakana ibyaha baregwa bakoreye mu mutwe wa P5

  • Perezida Kagame yakiriye Niklas Adalberth washinze ’Norrsken Foundation’ ifite icyicaro mu Rwanda –

    Uyu muryango washinzwe mu 2016, ufite icyicaro mu Rwanda kuva mu 2019, ari na cyo cya mbere ufite muri Afurika.

    Perezida Kagame yakiriye Adalberth nyuma y’uko yari avuye kuganira na ba rwiyemezamirimo bo mu Rwanda barimo n’abiyandikishije bifuza kuzafashwa n’uyu muryango utegamiye kuri Leta.

    Norrsken Foundation iri kuzuza ibiro byayo mu Mujyi wa Kigali, aho ba rwiyemezamirimo barenga 1000 bazahererwa ubujyanama mu bucuruzi ndetse banaterwe inkunga yo kuzamura ibikorwa byabo mu rwego rw’ubucuruzi.

    Mbere y’uko Adalberth ahura na Perezida Kagame, yabanje guhura na Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Habyarimana Béata, Minisitiri w’Ikoranabuhanga na Inovasiyo, Paula Ingabire ndetse n’Umuyobozi w’Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere, RDB, Clare Akamanzi.

    Adalberth ni rwiyemezamirimo ukomoka muri Suède, aho mu 2005 yashinze ikigo cyitwa Klarna gifasha mu bikorwa byo kwishyura serivisI hifashishijwe ikoranabuhanga.

    Icyo gihe Adalberth yari afatanyije na Victor Jacobsson ndetse na Sebastian Siemiatkowski bose bari abanyeshuri muri Kaminuza ya Stockholm mu ishami ry’ubukungu. Kuri ubu iki kigo gifite umutungo urenga miliyari 30 z’amadolari ndetse kikaba cyarungutse arenga miliyoni 700$ mu mwaka ushize.

    Muri Kamena 2016, Adalberth yashinze umuryango wa Norrsken Foundation aho amaze kuwushoramo arenga miliyoni 126$.

    Mu 2020, Norrsken Foundation yakoranye na ba rwiyemezamirimo 450 bo mu bigo by’ubucuruzi 130. Uyu muryango ushobora gushora amafaranga ari hagati y’ibihumbi 100$ na miliyoni imwe y’amadolari ku mushinga umwe.

    Norrsken Foundation ifite intego yo gushinga ibigo 20 ku Isi yose.

    Perezida Paul Kagame yakiriye Niklas Adalberth washinwe Umuryango ‘Norrsken Foundation’ utera inkunga imishinga y’ikoranabuhanga

    Perezida Kagame na Niklas Adalberth bagiranye ibiganiro

    Adalberth yakiriwe na Perezida Kagame aherekejwe na Pascal Murasira uzaba akuriye Norrsken Foundation mu Rwanda

  • Rubavu: Bafashwe na Polisi barengeje amasaha, bacura impapuro z’uko bari bavuye kwa muganga –

    Ni nyuma y’aho Polisi ikorera mu karere ka Rubavu yerekanye abaganga batatu batanze ibyemezo byemeza ko umuntu arwaye (ordonance Médicale) ku bantu barenze ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19 bakarenza amasaha kugira ngo bigaragare ko bari bagiye kwivuza , bakitabaza imbuga nkoranyambaga kugira ngo imodoka yabo irekurwe.

    Umwe mu bafashwe yagize ati “Tariki 4 natashye saa yine zarenze abapolisi baramfata mbereka ibinini bahita bamanura imodoka yanjye, n’uko mugenzi wanjye ahamagara umuganga baziranye kugira ngo anshakire ordonance ariko dusanga atakoze , aduha mugenzi wakoze arayidukorera. Ndasaba imbabazi kubera amakosa nakoze nkabona ordonance ijyanye n’imiti kuko byatumye bagenzi banjye nabo bagwa mu makosa’’.

    Yakomeje asaba imbabazi kandi ku kuba yarahaye amafoto yose murumuna we kugira ngo bakoreshe urubuga rwa Twitter, ngo avuge ko barenganye bitume bamurekura.

    Umukozi wo kwa muganga watanze inyemezabwishyu yabeshye amatariki y’igihe abafashwe bishyuriye, yasabye imbabazi avuga ko yakoze amakosa.

    Ati “Umwe yanzaniye Ordonance iriho itariki ya 4 ansaba ko Facture nayihuza n’itariki iri kuri Ordonance ndabimukorera kuko numvaga nta kibazo kuko umuntu ashobora kubikorera umuntu bitewe n’impamvu nkuko tujya tubikora n’ubusanzwe nkiyo umuntu akeneye kuzajya kwishyuza kugira ngo igihe yivurije gihure n’imiti. Kuba ndi hano mbonye ko ari ikosa, ndasaba bagenzi banjye kwirinda aya makosa’’.

    Umuvugizi wa Polisi, CP Kabera John Bosco yavuze ko umuntu ufite ibibazo bikomeye nubwo yarenga isaha hari uburyo bwo kumufasha bitagakwiye ko bikorwamo ibyaha, aburira abitwaza imbuga nkoranyambaga nka Twitter bafashwe kugira ngo berekane ko polisi yabahohoteye kandi babeshya.

    Ati “Abantu bumve ko ingamba zo kwirinda icyorezo n’amabwiriza atangwa bagomba kuyubahiriza uko yakabaye ariko ntabwo polisi yabuza umuntu ufite ikibazo cyose cyakemuka birimo no kuba yarenza amasaha yagenwe kubera impamvu igaragara,ariko kubeshya polisi yagufata nijoro ukerekana imiti, bakubaza ordonance ukavuga ko ntayo ufite ukabeshya bwacya bikagaragara ko wagiye kubwira inshuti zawe z’abaganga ngo ziyiguhimbire, ntabwo aribyo.”

    Kabera yavuze ko n’umuco mubi wo gukwirakwiza amakuru atari yo ku mbuga nkoranyambaga, kugira ngo umuntu wakoze amakosa afungurwe ku gitutu atari wo.

    Ati “ Hari umuco turi kubona aho umuntu ahagarara Rubavu agakora amakosa yarangiza akabeshya uri Kigali ngo namushyirire ku mbuga nkoranyambaga nka Twitter amakuru ashaka kugaragaza ko polisi irimo gukora nabi, uwo mugabo nijoro ntabwo yari yerekanye ordonance na facture yaguriyeho imiti ariko byagaragaye ko mu gitondo yagiye kubihimba akabiha mugenzi we uri i Kigali ngo abishyireho’’.

    Yavuze ko polisi itazihanganira abakora ibi bintu.

    Abafashwe bagiye gushyikirizwa urwego rw’igihugu rushinzwe ubugenzacyaha kugira ngo bakurikiranwe mu mategeko.

    Abafashwe bagiye gushyikirizwa RIB

    Umwe mu bafashwe akajya gucurisha impapuro mpimbano z’uko yari arwaye akanasaba ko bamuvuganira ku mbuga nkoranyambaga

    Uyu muganga yemeye gutanga ordonnance ku bantu kandi abizi ko batigeze baza kwivuza

  • Perezida Kagame yakiriye Niklas Adalberth washinze ’Norrsken Foundation’,umuryango ufite icyicaro mu Rwanda –

    Uyu muryango washinzwe mu 2016, ufite icyicaro mu Rwanda kuva mu 2019.

    Perezida Kagame yakiriye Adelberth nyuma y’uko yari avuye kuganira na ba rwiyemezamirimo bo mu Rwanda barimo n’abiyandikishije bifuza kuzafashwa n’uyu muryango utegamiye kuri Leta.

    Norrsken Foundation iri kuzuza ibiro byayo mu Mujyi wa Kigali, aho ba rwiyemezamirimo barenga 1000 bazahererwa ubujyanama mu bucuruzi ndetse banaterwe inkunga yo kuzamura ibikorwa byabo mu rwego rw’ubucuruzi.

    Mbere y’uko Adalberth ahura na Perezida Kagame, yabanje guhura na Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Habyarimana Béata, Minisitiri w’Ikoranabuhanga na Inovasiyo, Paula Ingabire ndetse n’Umuyobozi w’Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere, RDB, Clare Akamanzi.

    Adalberth ni rwiyemezamirimo ukomoka muri Suede, aho mu 2005 yashinze ikigo cyitwa Klarna gifasha mu bikorwa byo kwishyura serivise hifashishijwe ikoranabuhanga.

    Icyo gihe Adalberth yari afatanyije na Victor Jacobsson ndetse na Sebastian Siemiatkowski bose bari abanyeshuri muri Kaminuza ya Stockholm mu ishami ry’ubukungu. Kuri ubu iki kigo gifite umutungo urenga miliyari 30$, ndetse kikaba cyarungutse arenga miliyoni 700$ mu mwaka ushize.

    Muri Kamena 2016, Adalberth yashinze umuryango wa Norrsken Foundation aho amaze kuwushoramo arenga miliyoni 126$.

    Mu 2020, Norrsken Foundation yakoranye na ba rwiyemezamirimo 450 bo mu bigo by’ubucuruzi 130. Uyu muryango ushobora gushora amafaranga ari hagati y’ibihumbi 100$ na miliyoni 1$ ku mushinga umwe.

    Perezida Paul Kagame yakiriye Niklas Adalberth washinwe Umuryango ‘Norrsken Foundation’ utera inkunga imishinga y’ikoranabuhanga

    Perezida Kagame na Niklas Adalberth bagiranye ibiganiro

    Adalberth yakiriwe na Perezida Kagame aherekejwe na Pascal Murasira uzaba akuriye Norrsken Foundation mu Rwanda

  • Kera kabaye, Urukiko rwa EAC rugiye kuburanisha urubanza rw’Abanyarwanda bahohotewe na Uganda –

    Uru rubanza rugiye kuburanishwa kuri uyu wa Kane tariki 10 Kamena 2021, nyuma yo kumara hafi imyaka ibiri, abanyarwanda bagitegereje guhabwa ubutabera.

    Amakuru IGIHE yamenye ni uko uru rubanza ruzaba hifashishijwe ikoranabuhanga rya Video Conference aho ababuranyi bazaburana bari i Kigali mu gihe inteko iburanisha yo izaba iri i Arusha muri Tanzania ahari icyicaro gikuru cy’uru Rukiko.

    Me Butera Emmanuel wunganira bamwe muri aba Banyarwanda yabwiye IGIHE ko icyo bazaburana kuri uyu wa Kane ari ubusabe bwari bwagaragajwe n’umukiliya we n’abo bahuje ikirego, aho bari basabye ko urubanza rwabo rwakwihutishwa.

    Ati “Icyo twari twasabye ni uko urubanza rwacu rwashyirwa mu gihe cya vuba kugira ngo rwihutishwe ndetse nicyo tuzaba tuburana ejo.”

    Muri Kanama 2019, nibwo aba Banyarwanda uko ari icyenda bagejeje ikirego cyabo ku Biro by’Urukiko rwa EAC, biri i Kigali.

    Inkuru bifitanye isano: Byagendekeye bite Abanyarwanda icyenda bareze Uganda mu Rukiko rwa EAC?

    Mu 2019 nibwo Abanyarwanda icyenda bajyanye Uganda mu rukiko bayishinja kubahohotera n’iyicarubozo

  • Ibigo bya leta byasabwe kubika no kubungabunga inyandiko zifitiye igihugu akamaro –

    Ni ubutumwa bwagenewe Abanyarwanda mu gihe kuri uyu wa Gatatu tariki 9 Kamena 2021, u Rwanda rwifatanyije n’Isi mu kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Inyandiko ufite insanganyamatsiko igira iti ‘Inyandiko, ikigega cy’amateka n’umurage by’Abanyarwanda’.

    Ubusanzwe Ishyinguranyandiko ryakira inyandiko z’ubuyobozi bwite bwa Leta n’iz’abikorera zifitiye igihugu akamaro; zikabikwa neza, zigazitangarizwa Abanyarwanda kugira ngo zibafashe kumenya ibyaranze amateka y’u Rwanda.

    Muri izo nyandiko haba harimo raporo z’ibikorwa bya buri munsi, imbwirwaruhame z’abayobozi, inyandiko z’ihererekanyabubasha, ibyemezo by’inama ziba zakozwe n’ibindi.

    Mu kiganiro na IGIHE, Umuyobozi w’Ishami ry’Ishyinguranyandiko na Serivisi z’Inkoranyabitabo, Uwineza Marie Claude, yavuze ko kwizihiza umunsi wahariwe inyandiko bivuze kuzirikana no guha agaciro inyandiko muri rusange n’abakora mu rwego rwo kuzibungabunga.

    Leta y’u Rwanda mu 2012, yemeje politiki igenga imicungire y’amakuru abitswe n’inyandiko zishyinguwe ishyiraho imirongo ngenderwaho mu kubika, kubungabunga, kwita ku byemezo, imyanzuro ya leta n’ibikorwa byayo kugira ngo bibungabungwe.

    Mu Rwanda hari inyandiko nkeya cyane kuko hagendewe ku bipimo mpuzamahanga byifashishwa mu gupima ubwinshi bw’inyandiko [Mètre linéaire], mu Ishyinguranyandiko y’Igihugu hari izisaga 480. Ubaze muri paji, zirenga gato paji miliyoni eshanu.

    Impamvu yateye ubuke bw’inyandiko ni ibibazo birimo Ubukoloni aho zimwe zigaragaza amateka y’u Rwanda zajyanywe n’Abakoloni ndetse na Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 yasize ibikorwa birimo Ikigo cyari gishinzwe Ishyinguranyandiko byasenyutse inyinshi zikaburirwa irengero.

    Uwineza ati “Impamvu ari nkeya ni uko guhera mu 1994 kuzamura ntabwo twigeze twakira inyandiko ziturutse mu bigo, izo dufite ni iza mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi ariko icyabiteye ni uko twari dufite ububiko buto.”

    Yakomeje agira ati “Ikindi na none n’izo nyandiko tuvuga dufite zagiye zigabanuka kubera ko mu 1994, ubwo Jenoside yakorewe Abatutsi yabaga yadutwaye abantu yangiza n’ibintu. Ikigo cyabikaga inyandiko cyarasenywe, inyandiko zimwe ziratatana, hari abagiye bakuramo izo bakeneye bakazijyana, abagiye bazitwika, bityo tuza kwisanga dufite inyandiko nkeya.”

    Uwineza avuga ko kugeza ubu hari kubakwa inyubako nshya yagenewe ishyinguranyandiko ndetse bikaba biteganyijwe ko uyu mwaka ushobora kurangira yaratangiye gukoreshwa aho byitezwe ko ibigo n’inzego za leta byose bizatanga inyandiko zikabikwa n’Inteko y’Umuco.

    Kugeza ubu Inteko y’Umuco yatangiye uburyo bwo kubika inyandiko muri mudasobwa (Electronic document conservation), mu rwego rwo kwirinda ko hashobora kuzongera kubaho ikibazo cyangwa ibiza bishobora gutuma inyandiko zangirika.

    Mu Rwanda hagiye kuzura Ikigo kizajya gishyirwamo inyandiko z’amateka n’ubuzima bw’igihugu muri rusange

    Isi yizihiza Umunsi wahariwe inyandiko ku ya 9 Kamena buri mwaka

  • Impinduka mu buzima bw’i Nyagatare nyuma y’iyubakwa ry’imihanda mishya (Amafoto) –

    Impinduka zikorwa mu Karere ka Nyagatare zifitanye isano no kuba kari mu twatoranyijwe kubakwamo imijyi yunganira uwa Kigali. Utu Turere ni Muhanga, Huye, Rusizi, Rubavu na Musanze.

    Kimwe n’i Nyagatare, muri iyi mijyi hari kubakwa imihanda mu mushinga Guverinoma y’u Rwanda yatanzemo miliyoni 5$ na Banki y’Isi igashoramo miliyoni 95$.

    Uyu mushinga watangiye muri Kamena 2016, uzasozwa muri Nyakanga 2021. Mu cyiciro cyawo cya mbere hagati ya Nyakanga 2016 na Ugushyingo 2018, hubatswe imihanda y’ibilometero 28,3 na ruhurura zireshya n’ibilometero 13.3; yatwaye miliyoni 28$. Mu gihe icya kabiri kireshya n’ibilometero 43.69 na ruhurura zireshya na 12.015 km, cyatangiye mu Ukuboza 2018, kizasozwa muri Nyakanga 2021.

    Ibi bikorwa byiyongeraho ibyo kuvugurura utujagari two mu Mujyi wa Kigali mu duce twa Biryogo ahangana na hegitari 12,46, Kiyovu kuri hegitari 20,1 na Rwampara kuri hegitari 26,42.

    Muri Nyagatare by’umwihariko mu cyiciro cya mbere hubatswe imihanda ya 3,9km yatwaye asaga miliyari 3 na miliyoni 142 Frw mu gihe ruhurura zubatswe zireshya na 2.187 km za 537.829.840 Frw.

    Mu cyiciro cya kabiri giteganyijwe gusoza muri Nyakanga 2021, hubatswe imihanda ireshya na 14.2km yatanzweho asaga miliyari 9 na miliyoni 106 Frw mu gihe ruhurura zireshya na 3.16km zatwaye 471.998.725 RwF.

    -  Aba mbere batangiye kuganura ku bikorwa remezo begerejwe

    Imihanda yubatswe mu cyiciro cya mbere yatangiye kubyazwa umusaruro ndetse yoroshya ingendo hagati y’ab’ingeri zitandukanye.

    Umuyobozi wungirije wa Groupe Scolaire Nyagatare, Kamali Jean Damascène, yavuze ko iyubakwa ry’imihanda ryatumye ikigo cyabo kibarizwamo abanyeshuri 1200 kigira agaciro.

    Ati “Abagisura babona uburyo bakigeramo biboroheye. Mu bihe by’imvura twagiraga abana basibaga ishuri batinye icyondo, ariko ubu iyo ihise umuhanda uhita wumuka bakaza ku ishuri batikandagira.’’

    Yavuze ko kuri ubu hari isuku kuko yaba abarimu bafite ibinyabiziga byabo n’abana banyura mu nzira nziza ndetse n’ibinyabiziga bibagemurira ibiribwa ndetse n’ibikoresho bihagera nta nkomyi.

    Habakurinda Jérémie ufite Quincaillerie y’ibikoresho by’ubwubatsi mu Mujyi wa Nyagatare we ari mu batangiye kubyaza umusaruro umuhanda uri kubakwa mu cyiciro cya kabiri.

    Uyu mushoramari afite amacumbi, inyubako z’ubucuruzi ndetse ari no kubaka inzu z’amaduka zihagaze miliyoni 30 Frw.

    Yagize ati “Batubwiye ko bagiye gushyiraho kaburimbo, natwe dutangira gutekereza uko twahazamura inyubako z’ubucuruzi. Hari ibitaro [bya Nyagatare], gare n’uyu muhanda, byatumye nubaka kugira ngo nagure ibikorwa.’’

    “Umuhanda ni akarusho, nkatwe dufite imodoka, ntabwo zangirika. Kuva bongereye kubaka na rukarakara byatumye abantu benshi biyongera muri Nyagatare, ni yo mpamvu ubucuruzi bwacu bugenda neza kuko abaturage borohewe no kubaka.’’

    -  Iterambere ry’imihanda rirakataje

    Iraguha Samuel utuye mu Kagali ka Nsheke mu Murenge wa Nyagatare yavuze ko umuhanda numara gukorwa bizoroshya ubuhahirane, bikagabanya impanuka n’ibindi bibazo. Twamusanze mu muhanda wa Kinihira ahateganyijwe kubakwa ureshya na 4.5km.

    Ati “Iyo umuntu azi ko umuhanda ari mwiza, umuntu aba akeye kandi n’umugenzi atega akaba akeye.’’

    Muri iki cyiciro cya gatatu, hazubakwa n’imihanda igana kuri Kaminuza y’u Rwanda, Ishami rya Nyagatare. Ni intambwe abanyeshuri basanga ari ingenzi kuko uzabafasha mu ngendo no gukemura ibibazo by’umutekano.

    Umwe mu banyeshuri wiga mu mwaka wa kabiri yagize ati “Mbere hari ikibazo cy’umutekano muke aho bamwe bibwagwa amatelefoni n’imashini kuko habaga hijimye. Hari n’abashoboraga gufatwa ku ngufu.

    Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare, Mushabe David Claudien, yavuze ko imihanda mishya yubatswe imaze gutanga ishusho nshya y’umujyi kuko ahenshi yanyuze hanagejejwe amashanyarazi.

    Ati “Iyi mihanda irorohereza inyubako z’ubucuruzi. Kuba dufite imihanda ihuza Nyagatare, natwe tukaba twiteguye. Ni ingenzi cyane. Akenshi mu yindi mijyi usanga hasenywa ahantu ngo hashyirwe ibikorwa remezo, ibilometero bindi dushaka kubaka turi kubitwara aho abantu batarubaka. Ibyo biratanga icyizere ku bashoramari ngo baze batugane.’’

    Nyuma yo gusoza ibyiciro bibiri by’imihanda muri Nyagatare, mu cyiciro cya gatatu hazubakwa ireshya na 6,7 Km.

    Meya Mushabe yavuze ko ibikorwa remezo byubatswe byatumye hari imirimo mishya ivuka irimo nk’udukiriro, amasoko ndetse n’inzu zitakorerwagamo zagize agaciro.

    Nyagatare iri mu mijyi ikibyiruka, abayituye bishimira ko ibikorwa remezo bizabafasha kwagura ubucuruzi burimo n’ubw’ibikomoka ku bworozi. Ihana imbibi n’Imipaka ya Buziba na Kagitumba.

    Biteganyijwe ko imijyi yunganira Kigali izubakwamo ibindi bikorwa remezo bifite agaciro ka miliyari 160 Frw mu cyiciro cya gatatu n’icya kane.

    Imihanda yubatswe mu cyiciro cya mbere

    Icyiciro cya mbere cy’imihanda yubatswe mu Karere ka Nyagatare yareshyaga n’ibilometero 3,908

    Mu Karere ka Nyagatare hamaze kubakwa ibikorwa remezo byiganjemo imihanda

    Umuhanda wubatswe mu cyiciro cya mbere mu Karere ka Nyagatare woroheje ubwikorezi bw’ibirimo n’amata cyane ko aka gace gakungahaye ku bworozi bw’inka

    Abaturage bishimira ko baciye ukubiri n’imihanda y’ibitaka ndetse byoroshya ingendo zibahuza n’utundi duce

    Imirimo yo kubaka imihanda mu Mujyi wa Nyagatare igeze ku gipimo cya 98%, ahenshi hari gukorwa imirimo ya nyuma

    Groupe Scolaire Nyagatare yubatse neza ahashyizwe umuhanda mushya mu mushinga watewe inkunga na Banki y’Isi

    Abanyeshuri biga mu mwaka wa gatatu ubwo bari mu karuhuko ka saa Cyenda kuri Groupe Scolaire Nyagatare

    Icyiciro cya kabiri cy’iyubakwa ry’imihanda i Nyagatare

    Imihanda yatangiye gukoreshwa ndetse ishoramari riyikikije rirushaho kwiyongera umunsi ku wundi

    Imihanda yubatswe mu cyiciro cya kabiri iteganyijwe gusozwa muri Nyakanga 2021. Muri Nyagatare hubatswe ireshya na 14.2km yatanzweho asaga miliyari 9 na miliyoni 106 Frw

    Umuhanda wubatswe ugana kuri Stade Nyagatare ahakinira ikipe ya Sunrise yo mu Burasirazuba bw’u Rwanda

    Iyi rond point ihuza imihanda itandukanye irimo n’uwerekeza kuri Stade ya Nyagatare n’ibindi bice bitandukanye bigize uyu mujyi

    Iyi mihanda yatangiye kubyazwa umusaruro ndetse abakoresha ibinyabiziga bishimira ko yoroheje ingendo bahakora

    Henshi mu hubatswe imihanda mishya, hanashyizwe amashanyarazi mu gufasha abayituriye kubona ibikorwa remezo nkenerwa by’ingenzi mu buzima bwabo

    Muri iyi mihanda uhahagaze aba yitegeye ubwiza bw’imisozi yo mu Burasirazuba

    Imirimo ya nyuma ijyanye n’amasuku ni yo ikorwa hamwe na hamwe. Muri rusange igeze ku gipimo cya 98%

    Nubwo hari imirimo ikinozwa ariko ntibibuza ko abagenzi n’abafite ibinyabiziga byabo bayikoresha mu buhahirane

    Hamwe na hamwe haracyasigwamo amarangi kugira ngo byoroshye ukubisikana kw’ibinyabiziga

    Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare, Mushabe David Claudien, yavuze ko imihanda mishya yubatswe imaze kwerekana impinduka muri uyu mujyi uri mu yunganira uwa Kigali

    Hafi y’aho akorera ari kuhubaka inyubako nshya izakorerwamo ubucuruzi butandukanye

    Mu cyiciro cya gatatu hazubakwa imihanda y’ibilometero 6.7

    Amafoto: Niyonzima Moïse