Tag: featured

  • Nsabimana Callixte ‘Sankara’ yasabiwe igifungo cy’imyaka 25 –

    Uramutse ushingiye ku gihano cyasabwe kuri buri cyaha Nsabimana yashinjwaga, iyo hataza kubamo inyoroshyo uvanyemo ibyo yasabiwe burundu, ibindi bifite igiteranyo cy’igifungo cy’imyaka 256.

    Ubushinjacyaha bwavuze ko ubusanzwe kubera impurirane y’ibyaha akurikiranweho by’iterabwoba yakabaye ahabwa igifungo cya burundu ariko ko akwiriye korohereza kubera ko atagoye ubutabera haba mu bugenzacyaha, mu bushinjacyaha no mu rukiko aho yagiye yemera ibyaha aregwa ndetse akabisabira imbabazi anagaragaza kwicuza.

    Bwavuze ko kandi ikindi gituma bamusabira ibihano byoroheje ari uko yatanze amakuru menshi yafashije mu iperereza mu ikurikiranacyaha kuri we n’abandi bakurikiranywe. Ngo ni n’ubwa mbere akurikiranwe mu nkiko ku byaha.

    Bongeye ko basaba urukiko gutegeka ko inyandiko mpimbano zirimo pasiporo ya Lesotho yafatanywe binyagwa ndetse na telefone eshatu yafatanwe.

    Ubushinjacyaha bwabisabye kuri uyu wa Gatatu mu Rukiko Rukuru, mu rugereko ruburanisha ibyaha Mpuzamahanga n’ibyambukiranya imbibi ubwo hakomezaga urubanza ruregwamo Rusesabagina Paul na Nsabimana Callixte.

    Ni urubanza rwatangiye ahagana saa mbiri n’iminota 40 kuri uyu wa Kane abaregwa bose bari mu rukiko usibye Rusesabagina washinze MRCD-FLN wivanye mu rubanza mu minsi ishize.

    Nsabimana Callixte yafatiwe mu birwa bya Comores muri Mata 2019, yoherezwa mu Rwanda ngo akurikiranwe mu nkiko ku byaha yakekwagaho.

    Mu kumusabira ibihano kuri uyu wa Gatatu, ubushinjacyaha bwagiye bugaragaza igihano bumusabira kuri buri cyaha, nubwo bwabihurije hamwe bukamusabira igifungo cy’imyaka 25.

    Ubushinjacyaha bumukurikiranyeho ibyaha 16 birimo iremwa ry’umutwe w’ingabo ritemewe, icyaha cy’iterabobwoba ku nyungu za politiki, gukora no kugira uruhare mu bikorwa by’iterabwoba, gutanga amabwiriza mu gikorwa cy’iterabwoba, kuba mu mutwe w’iterabwoba, icyaha cyo kugambana no gushishikariza abandi gukora iterabwoba.

    Ashinjwa kandi ubwicanyi nk’icyaha cy’iterabwoba, Itwarwa ry’umuntu ritemewe n’amategeko nk’igikorwa cy’iterabwoba, gukwiza amakuru atariyo cyangwa icengezamatwara rigamije kwangisha leta y’u Rwand amu bihugu by’amahanga, guhakana no gupfobya Jenoside, kwiba hakoreshejwe intwaro nk’igikorwa cy’iterabwoba, gutwikira undi ku bushake inyubako, ibigenewe gutwara abantu cyangwa ibintu nk’igikorwa cy’iterabwoba.

    Mu bindi byaha kandi ashinjwa harimo kugirana umubano na leta y’amahanga hagamijwe gushoza intambara, gukora cyangwa gukoresha impapuro mpimbano, gukubita no gukomeretsa ku bushake nk’igikorwa cy’iterabwoba no gutanga, kwakira no gushishikariza kwakira ibikomoka ku iterabwoba.

    Nsabimana mu bwiregure bwe muri uru rubanza, yemeye ibyaha byose ashinjwa, anabisabira imbabazi.

    Benshi bibuka ijambo yavuze tariki 23 Gicurasi 2019, ubwo yitabaga Urukiko rw’ibanze rwa Gasabo kugira ngo amenyeshe ibyo aregwa, aho amaze gusomerwa ibyo ashinjwa yavuze ati “Icyo nongeraho ni uko nemera ibyaha nakoze nkanabisabira imbabazi kuko njye nk’umuntu wize amategeko nzi ingaruka zo kuruhanya mu butabera, nzi n’inyungu yo korohereza ubutabera. Njye nkaba ntiteguye kuburana urwa ndanze ku byaha mfitiye ibimenyetso. Hari ibyaha byabaye ku mugaragaro, n’inyoni zo mu biti ubwabyo zabinshinja. Murakoze.”

    Ubwo ubushinjacyaha bwamusabiraga ibihano kuri uyu wa Gatatu, Nsabimana yari yicaye atuje, akanyuzamo akongorerana n’abo baregwa hamwe, ubundi agasoma ku rupapuro yari afite mu ntoki.

    Ubushinjacyaha bwavuze ko bwasabiye Nsabimana igihano cyoroheje kuko atagoye ubutabera

    Nsabimana Callixte yasabiwe gufungwa imyaka 25 kubera ibyaha by’iterabwoba akurikiranyweho

    Amafoto: Igirubuntu Darcy


  • Musanze: Umugabo yishwe n’amazi aturuka mu Birunga –

    Uyu mugabo yari atuye mu Mudugudu wa Bubande, Akagari ka Bukinanyana, Umurenge wa Cyuve mu Karere ka Musanze.

    Urupfu rw’uyu mugabo rwatewe n’uko aya mazi yari menshi akaza kuzuza ruhurura ya Cyuve anyuramo ava mu Birunga, maze akica uyu nyakwigendera ubwo yageragezaga kuyambuka akagwamo, aho yari agiye mu kazi k’ubuyede ari kumwe na bagenzi be. Ibi byabaye ahagana mu ma saa kumi n’ebyiri n’igice za mu gitondo.

    Nyakwigendera yaje gutembanwa n’ayo mazi aza kuboneka saa tatu za mu gitondo ari mu myaka y’abaturage mu Mudugudu wa Yorodani, Akagali ka Cyabararika mu Murenge wa Muhoza.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Cyuve uyu mugabo yari atuyemo, Bisengimana Janvier, yemeje aya makuru avuga ko kuri ubu nyakwigendera yajyanywe ku Bitaro Bikuru bya Ruhengeri ngo umurambo we ukorerwe ibizamini.

    Yagize ati “Nibyo amazi aturuka mu Birunga agaca muri ruhurura ya Cyuve yahitanye uwo mugabo Samson, ni imvura ubundi tutari twiteze kuko tumaze iminsi dutangiye kubona impeshyi ariko imiterere y’agace dutuyemo imvura ishobora kugwa mu bihe bitari byitezwe, niyo mpamvu tubwira abantu kujya bigengesera igihe cyose bigaragara ko muri ruhurura harimo amazi menshi.”

    Ntabwo bikunze kugaragagara ko mu bihe nk’ibi by’impeshyi hagwa imvura nyinshi yangiza ndetse ikica n’abantu, ari ho ubuyobozi buhera busaba ko abaturage kutirara cyane cyane mu bihe bigaragara ko imvura iba yaguye muri aka gace karimo Ibirunga.


  • Amezi atatu ashize yagaragayemo umubare munini w’impinja zavutse zitagejeje igihe –

    Abaganga bakorera mu bitaro birimo ibyo ku Muhima mu Mujyi wa Kigali na Nyamata mu Karere ka Bugesera bemereye RBA ko abana bavutse igihe kitageze n’abavukanye ibibazo bitandukanye birimo iby’ubuhumekero biyongereye mu mezi atatu ashize.

    Umwe mu baganga bakurikirana aba bana mu Bitaro bya Muhima yagize ati “Nko muri iyi minsi aha hantu hakurikiranirwa abana urebye nk’abo twakiriye mu mezi atatu ashize ni 145.”

    Undi ati “Ibigaragara muri ayo mezi guhera mu kwa Kane byagaragaye ko turi kwakira abana barenze abo twari dusanzwe twakira.”

    Yongeyeho ko mu mpinja ziri kugaragara muri ibi bitaro harimo izavutse igihe kitageze n’izihumeka nabi n’izavukanye umunaniro.

    Aba babyeyi barwarije abana mu Bitaro bya Muhima babwiye RBA ko impinja zabo zavukanye ibibazo biturutse ku buryo babyayemo. Hari nko kubyarira mu nzira, gutinda kujya kwa muganga igihe bagize ibise n’ibindi.

    Umwe muri aba babyeyi yagize ati “Umwana wanjye yavutse atagejeje igihe, inda yarikoroze ariko kubera kutabimenya bigeze nijoro nibwo nagiye kwa muganga bahita basanga umwana yaje.”

    Umuyobozi Ushinzwe Serivisi z’Ubuvuzi muri Minisiteri y’Ubuzima, Dr. Ntihabose Corneille, ahakana ko nta mibare y’abana barwaye yazamutse, ariko agashimangira ko iyo yiyongereyeho gato biba ari umukoro kuri Minisiteri y’Ubuzima.

    Ati “Nta mpinduka nini zabayemo ni igihe gitoya, ubona ko imibare y’abana bari mu bitaro ari myinshi ariko iyo ugereranije n’ikindi gihe usanga nta kinyuranyo kinini kirimo ariko bikaduha umukoro kuko bariya bana ni bo bavamo abashobora kuducika, kuko baba bafite ibyago by’uko kubatabara bitugora aho bisaba kubongera umwuka n’indi miti.”

    Yakomeje kugira inama ababyeyi yo kujya bajya kwisuzumisha hakiri kare kubera ko ibigo nderabuzima n’ibitaro bihari kugira ngo bibafashe.

    Mu Bitaro bya Muhima ni hamwe mu hagaragaye abana benshi bavutse igihe kitageze

  • Abarerera muri APE Rugunga bateye utwatsi gahunda yo kubishyuza amafaranga bita ay’igihembwe cya kane –

    Ubusanzwe iki kigo cyishyura amafaranga ibihumbi 95 Frw ku biga mu mashuri yisumbuye na ho abo mu cyiciro cy’abanza bakishyura ibihumbi 85 Frw.

    Ababyeyi bavuga ko bishyuye ayo basabwa buri gihembwe, bitatu bikaba byararangiye ariko batunguwe no kubona abana babo basohorwa mu ishuri bitewe n’andi bari gusabwa.

    Bamwe mu babyeyi baganiriye na Radio 1 bayibwiye ko badasobanukiwe impamvu abana bari kwishyuzwa ibihembwe bine kandi barize bitatu.

    Umwe yagize ati “Twarishuye amafaranga y’ishuri y’igihembwe cya gatatu, hashize nk’ibyumweru bibiri biga, batubwira ko tugomba kwishura andi nka yo.”

    Undi ati “Bari kutwishyuza inshuro enye mu bihembwe bitatu ku buryo nabajije niba bazatanga indangamanota enye ko tugiye kwishyura kane, bati hoya ikigo cyarahombye mugomba kudufasha.”

    Nubwo ababyeyi bavuga ko bari kwakwa amafaranga y’ibihembwe bine, Umuyobozi w’Ikigo, Bwaruhanga Willson, avuga ko atari amafaranga y’ishuri ahubwo ari ayo gufasha iri shuri gukemura ibibazo ryahuye na byo kandi ko yumvikanweho mu nama y’ababyeyi bahagarariye abandi.

    Ati “Ababyeyi bemeranyijwe ko bagomba kongeraho amafaranga angana n’ayo bishyura ku gihembwe, kugira ngo ibibazo bitandukanye bicyemuke bikaba bijyanye n’utuntu duke twari dukenewe kugira ngo ubuzima bw’ikigo bwongere gutangira nyuma ya kiriya kiruhuko kirekire.”

    Nubwo uyu muyobozi avuga ko hari ibibazo bigomba gukemuka, yongeraho ko ibyo bibazo atabisobanukiwe kuko byabaye ataragera muri iki kigo kuko aje kuhayobora vuba.

    Ati “Ibyo ntimubimbaze cyane sindi bubijyemo kuko byakozwe ntahari. Naje ku wa Mbere nsanga kimwe cya kabiri cy’abana ntibishyuye amafaranga mbaza perezida icyo nakora arambwira ngo ni ukubirukana.”

    Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi, ushinzwe amashuri abanza n’ayisumbuye, Twagirayezu Gaspard, yavuze ko bitari bikwiye ko abana birukanwa mu ishuri, ko iki kibazo bagiye kugikurikirana.

    Ati “Ni byo twahereye kera tubwira amashuri ko icya mbere atari ukwihutira kwirukana umwana; nk’ubu bageze igihe cyo gukora ibizamini ntabwo ari igihe cyo guta ishuri.”

    “Ibyemezo bifatwa byose bigomba kuba birengera inyungu z’abana kugira ngo bajye ku ishuri bahabwe serivisi bakeneye, ibi rero birakurikiranwa kugira ngo turebe neza uko byagenze harakurikiranwa inyungu z’abana.”

    Iri shuri risanzwe ryigamo abanyeshuri bagera ku bihumbi bibiri kimwe cya kabiri cyabo bakaba batarishuye aya amafaranga, ababyeyi babo bavuga ko batazi aho iyo nama yo kuyemeza yabereye ari yo mpamvu batayatanga.

    Ishuri APE Rugunga riravugwaho kwaka ababyeyi amafaranga arenze ayo basanzwe bishyura mu buryo budasobanutse

  • Rutsiro: Umwarimu utwite yahiritswe n’umunyeshuri we ahura n’ikibazo –

    Ku gicamunsi cyo ku wa 15 Kamena 2021, nibwo aya mahano yabereye muri iri shuri ryo mu Mudugudu wa Gisunzu, Akagari ka Rurara mu Murenge wa Mushonyi, Akarere ka Rutsiro.

    Bivugwa ko ahagana saa munani z’amanywa ubwo uyu mwarimukazi yasabaga abanyeshuri kwicara bagakurikira amasomo ariko uyu munyeshuri w’imyaka 15 arabyanga ari nabwo yahise aca inyuma ya mwarimu aramuhirika, undi yikubita ku ntebe.

    Uyu mubyeyi yahise ajyanwa ku Kigo Nderabuzima cya Kayove nyuma aza koherezwa ku Bitaro bikuru bya Murunda muri aka karere ka Rutsiro.

    Amakuru IGIHE yamenye ni uko uyu munyeshuri afite imyaka 15 y’amavuko ariko akaba yigaga mu mwaka wa kabiri w’amashuri abanza bitewe n’uko ari mu bagaruwe mu ishuri nyuma y’uko yari amaze igihe yararivuyemo.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mushonyi, Mwenedata Jean Pierre, yavuze ko bakimara kumenya ibyabaye bagiye kuri iri shuri nk’abayobozi b’ibanze ndetse n’inzego z’umutekano kuganiriza abanyeshuri n’abarimu ku myitwarire.

    Mu kiganiro yagiranye na IGIHE, Mwenedata yagize ati “Yamuhutaje agwa ku ntebe kubera ko yari atwite bimuviramo kumererwa nabi, icyakurikiyeho ni uko inzego z’umutekano twagiyeyo tuganira nabo tubibutsa ko bakwiye kwitwara neza mu ishuri.”

    Yakomeje agira ati “Twababwiye ko iyo myitwarire idakwiriye ku munyeshuri cyangwa undi wese. Ubu ni n’ubutumwa twahaye ababyeyi babo, burya kurera ntabwo byoroshye bisaba guhozaho.”

    Uyu muyobozi yasabye ababyeyi kumva ko bafite inshingano zo gukurikirana abana babo bakabatoza imyitwarire myiza ikwiye kubaranga buri munsi.

    Ati “Ikigaragara, icya mbere tuba dusaba ababyeyi ko bashyira imbaraga mu gukurikirana imyitwarire yabo ya buri munsi. Icyo navuga ni uko kurera ni umurimo ukomeye usaba ubufatanye, ababyeyi, abarezi muri rusange, ibibazo nk’ibyo birashoboka ko abantu bahura.”

    Uyu mubyeyi wahutajwe yari akuriwe gusa amakuru avuga ko aho yajyanywe kwa muganga ari kugenda amererwa neza naho umunyeshuri we kuri ubu ari mu maboko ya polisi akaba ari kuganirizwa hanatekerezwa uko yasubizwa mu ishuri cyangwa akajyanwa kugororwa.


  • Ndifuza guhura na Rusesabagina na Sankara – Kayitesi wamugajwe n’ibitero bya FLN muri Nyungwe –

    Yabitangaje kuri uyu wa Gatatu ubwo Urukiko Rukuru, mu rugereko ruburanisha ibyaha Mpuzamahanga n’ibyambukiranya imbibi hakomeza kuburanishwa urubanza ruregwamo Rusesabagina Paul, Nsabimana Callixte n’abandi baregwa hamwe ibyaha by’iterabwoba bishingiye ku bikorwa by’umutwe wa MRCD-FLN babarizwagamo.

    Kayitesi Alice w’imyaka 25, atuye mu Murenge wa Nyakabanda. Ni umwe mu barashwe ubwo inyeshyamba za FLN zagabaga igitero mu ishyamba rya Nyungwe tariki 15 Ukuboza 2018, bagatwika imodoka zanyuraga muri iryo shyamba ari nako barasa ababaga bazirimo.

    Mu buhamya yavugiye imbere y’urukiko, Kayitesi wakoreraga mu Karere ka Rusizi acuruza telefone muri Sosiyete ya Tecno, yavuze ko hari kuwa Gatandatu saa kumi n’imwe ubwo imodoka yabavanaga i Rusizi baje i Kigali aho yari aje gusura ababyeyi.

    Bageze mu ishyamba rya Nyungwe butangiye kwira aribwo basangaga ibiti mu nzira. Bahasanze abantu bafite imbunda n’izindi ntwaro, bababwira ngo bahagarare.

    Shoferi yabanje kwanga, abwira abagenzi ko batangiriwe n’abantu bashobora kuba ari ‘intaragahanga cyangwa inyeshyamba’.

    Muri uko kubwirana bibaza ikibaye, inyeshyamba zatangiye kubarasaho amasasu menshi.

    Ati “Bahise batangira kurasa, hari akana k’imyaka 15 kari kicaye iruhande rwacu bahise bakarasa mu mutwe. Bwimba (mugenzi we bari kumwe ) yahise ambwira ngo njye munsi y’intebe.”

    “Shoferi yakomeje kugenda, tugeze imbere twumva ikintu imodoka kirayiteruye, irahengama igana mu ishyamba. Ikimara gucurama hari harimo abantu benshi bamwe bari kuboroga. Hari umwana wari uri kurira inyuma yanjye ndebye nsanga mama we yapfuye, ariko umwana ari kuririra ku bibero bya nyina.”

    Kayitesi n’ikiniga cyinshi, yavuze ko bakomeje gukurikizwa amasasu, akebutse abona abantu bari kubarasa ni abana bangana na we b’imyaka 23 na 25.

    Bakomeje kugenda bavirirana, we na mugenzi we Bwimba wari warashwe bikomeye. Kayitesi na we yavuze ko yari yarashwe nubwo atari yabimenye.

    Ubwo bari mu ishyamba biruka, ngo ntazibagirwa umugabo bahagaritse bamusaba kubasindagiza, agihagarara inyeshyamba zikamurasira imbere yabo akagwa aho.

    Ati “Twagenze urugendo runini. Bwari ubwa mbe mbonye ishyamba, bwari ubwa mbere nari mbonye intambara. Nabonye ishyamba ribi.”

    Muri iryo shyamba ry’inzitane, Kayitesi yari yambaye agasengeri kuko ikote yari yarihambirije mugenzi we Bwimba wari wakomeretse nubwo bari batatanyije agasigara inyuma.

    Imbeho yari yose, amaraso akomeza kumushiramo nubwo atari yabimenye ko bamurashe. Ngo baje kugera ahantu ku mugezi utemba baricara, imvura ihabanyagirira ijoro ryose.

    Ati “Twaraye mu ishyamba, bigeze saa kumi nibwo natangiye kugagara. Ntabwo nari mbizi. Umubiri wanjye wari wuzuye ibisebe hose n’ibiti byanjombye. Mbwira abantu twari turi kumwe, nti munkurure mungeze ku muhanda.”

    “Baramfashe turagenda tugeze ku muhanda, mpabona abasirikare b’u Rwanda. Njye nagize ubwoba nsubira inyuma nirukanka sinari kwizera ko aribo. Abaturashe nabo bari bambaye impuzankano z’igisirikare cy’u Rwanda ariko zisa nabi , hamwe ugasanga bambaye ipantalo ya gisirikare barengejeho umupira usanzwe cyangwa ikote rya gisirikare.”

    Yaje guhumurizwa, Ingabo z’u Rwanda zimwereka ko atari abagizi ba nabi ashira impumu aremera zitangira kumwitaho we na bagenzi be.

    Ati “Banjyanye i Kigeme mu bitaro nari natakaje amaraso menshi. Njye sinumvaga ko ari isasu. Twagezeyo, nari mfite amasasu mu kuguru barambwira ngo njye CHUB kuncisha mu cyuma, ntabwo nahatinze naratashye bakajya bampfukira mu rugo.”

    Yasabye guhuzwa na Rusesabagina

    Kayitesi wari umaze igihe arangije amashuri yisumbuye, yavuze ko amaso ye yabonye ibyo atari yiteze abona, ubuzima bwe bugahinduka mu gihe gito mu buryo atari yiteze.

    Yavuze ko yari umwana ufite ejo heza, ukeneye kwibeshaho we n’umuryango we, nyamara inyeshyamba za FLN zabimwambuye mu ijoro rimwe ku ‘nyungu zabo bwite’.

    Ati “Nari umwana ufite ahazaza heza, nshaka kwiga. Nagiye i Cyangugu ngiye gushaka akazi, mfite umuryango ntunze nanjye nshaka kwibeshaho. Abantu runaka bafata umwanzuro wo kumpindurira ubuzima, banyitwaza mu bibazo byabo. Ndi umwana washakaga ejo heza. Nagombaga kwiga nkarangiza.”

    Yakomeje ati “Bwarakeye turi ku Kigeme nza kubona amashsuho, abitwa ba Sankara bari kwigamba ko bafashe Nyungwe. Barayifashe nk’uko babitekereza, ariko [n’ikiniga] ndiho mfite igihugu cyiza, nanjye ndi muzima. Bansubije inyuma, nta kintu nshobora gukora ngo kigende ariko meze neza.”

    Kayitesi yabwiye urukiko ko ubuzima bwe buhora mu ishyamba kubera ibyo yariboneyemo, akabibona mu gihe atari yiteguye.

    Ati “Iyo ngize Imana nkabona uwo nganiriza, ndabivuga nkumva ndaruhutse. Mu mutwe wanjye mpora mu ishyamba. Ni ubwa mbere nabonye ishyamba, ni ubwa mbere nabonye umuntu apfa, nabibonye mu gihe kitari cyo.”

    “Ntabwo ntekereza uburyo umuntu ufite inyama n’amasrao, wavutse yakwifuza kumena amaraso y’abantu nk’ayo yamennye mu ishyamba rya Nyungwe. Nakwibaza ngo kuki uriya mwana w’imyaka 15 yapfuye cyangwa se kuki uriya mubyeyi wa ruriya ruhinja yapfuye?”

    Amasasu amwe yarasiwe muri Nyungwe aracyayagendana. Yavuze ko ahorana ikibazo cy’umugongo kubera ibiti n’imvune yagiriye muri iryo shymba.

    Ati “Ntabwo nshobora guhagarara igihe kinini, ntabwo nakwambara inkweto ndende z’abakobwa. Nta buvuzi mfite burenze, nkeneye kujya guca mu cyuma.”

    Umucamanza yamubajije icyo yumva yifuza n’ikiniga cyinshi ati “Ngira ihungabana kubera abantu bagize uruhare mu ihungabana ryanjye, ndifuza ko bazagira uruhare mu mikire yanjye. Nifuzaga guhura nabo nkabavugisha. Ndifuza kubona uwo Rusesabagina na Sankara”.

    Igitero cya FLN cyo kuwa 15 Ukuboza 2018 cyagabwe mu karere ka Nyamasheke, cyahitanye abaturage batandatu gikomeretsa abandi basaga. Icyo gihe kandi hatwitswe imodoka zitandukanye zirimo iza sosiyete zitwara abagenzi.

    Kayitesi yavuze ko ahorana ihungabana ry’ibyo yaboneye mu ishyamba rya Nyungwe bikozwe na FLN

    Aha Kayitesi yerekaga urukiko amafoto y’ibikomere yasigiwe n’igitero cya FLN

    Ifoto igaragaza aho Kayitesi yarashwe isasu mu kuguru bikozwe na FLN

    Ifoto Kayitesi yeretse urukiko yafashwe hashize iminsi mike arokotse igitero cyo muri Nyungwe

    Aha Nsabimana Callixte yari ateze amatwi ubuhamya bwa Kayitesi wifuza guhura na we

    Amafoto: Igirubuntu Darcy


  • Ngoma: Uko amashanyarazi yahinduye imibereho y’imiryango yari ibayeho mu kizima –

    Ni umuriro wagejejwe mu ngo 700 zituye igice cy’umujyi wa Kibungo ariko abahatuye bakaba bari mu bwigunge, nibura umuturage utuye mu Kagari ka Gahima yakoraga ibirometero bitanu agiye gushesha ibigori, gushyirisha umuriro muri telefone cyangwa kwiyogoshesha.

    Ibi byatumye mu ntangiriro z’ukwezi kwa Mbere Leta itangira kugeza amashanyarazi kuri buri rugo maze imiryango 700 yose ihabwa umuriro itangira gucana muri Gicurasi.

    Bamwe mu baganiriye na IGIHE bavuze uburyo aho baboneye umuriro w’amashanyarazi batangiye kuwubyaza umusaruro batangiza imishinga yo kogosha, iy’ibyuma bisya n’ibindi bikorwa bitandukanye.

    Izerimana Announciata utuye mu Mudugudu wa Karenge mu Kagari ka Gahima avuga ko bakimara kubona umuriro we n’umugabo we batekereje uburyo bagura icyuma gisya kigafasha abaturage ariko kikanabaha amafaranga.

    Yakomeje avuga ko bafite intego zo kugura ikindi gisya isombe ndetse no kujya basudirira inzugi kuko abakeneye iyi serivisi bibatwara ibirometero byinshi bajya kuzigura ahandi.

    Gakuru John Peter watangiye umushinga wo kogosha, avuga yari asanzwe ari umuhinzi agakorera amafaranga make ugereranyije n’ayo abona kuri ubu mu kogosha abantu.

    Ati “Ubu ku munsi nibura sinabura 2000 Frw byaba na ngombwa nkanayarenza, ubuzima bwanjye bwahindutsemo byinshi, mbasha kwizigamira kandi nanaguye ibitekerezo ku buryo nakwagura salo yanjye nkashyiramo n’ibindi.”

    Muteteri Christine ufite imyaka 40 we yavuze ko ikintu cya mbere yishimira ari uko Imana yamukijije gucana agatadowa.

    Ati “Ubu sinkijya gusaba umuriro, radiyo ndacuranga ndetse twanaguze televiziyo aho imfasha mu kumenya amakuru yo hirya no hino ku isi.”

    Yakomeje avuga ko abana be batatu bigiraga ku gatadowa rimwe bikanabaca intege none ubu ngo bava ku ishuri bagasubiramo amasomo yabo neza bikanatuma babona amanota meza.

    Umuyobozi w’Akarere ka Ngoma wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Mapambano Nyiridandi Cyriaque, avuga ko kugeza amashanyarazi kuri aba baturage bigamije kwihutisha iterambere ku baturage no kubahiriza gahunda y’igihugu igamije kugeza umuriro ku baturarwanda bose bitarenze 2024.

    Yavuze ko uretse aba baturage bahawe umuriro w’amashanyarazi abandi 1200 na bo bahawe imirasire y’izuba kugira ngo nibura abatagerwaho n’imiyoboro minini babe bakoresha imirasire mu gihe bategereje no kugezwaho undi muriro w’amashanyarazi.

    Kuri ubu ubuyobozi bw’Akarere ka Ngoma butangaza ko abaturage bagerwaho n’amashanyarazi bageze kuri 73% mu gihe intumbero ari uko mu mwaka wa 2024 abaturage bose bazaba bafite amashanyarazi.

    Agace kabaga mu kizima kahawe umuriro w’amashanyarazi

    Abaturage batangiye gukora imishinga y’ibyuma bisya imyaka

    Muteteri Christine avuga ko abana be basigaye basubiramo amasomo neza kubera umuriro

  • Rubavu yashyizwe muri Guma mu Karere –

    Mu itangazo Minaloc yashyize hanze kuri uyu wa 16 Kamena 2021, yavuze ko impamvu yo gufata iki cyemezo ari ukugira ngo inzego zibishinzwe zifatanyije n’abaturage zishobore gukurikirana neza no kugenzura iki cyorezo cya COVID-19. Iyi Guma mu Karere izatangira kubahirizwa ku wa 17 Kamena 2021.

    Uretse iki cyemezo cya Guma mu Karere, Minaloc yatangaje ko isaha yo gutaha ku batuye Akarere ka Rubavu yashyizwe saa Moya bitandukanye n’iyari isanzwe ya saa Tatu.

    Rutsiro, Burera, Nyagatare na Gicumbi nabyo birarebwa n’iki cyemezo

    Uretse Akarere ka Rubavu, iyi gahunda yo gutaha saa Moya izubahirizwa no mu turere twa Rutsiro, Burera mu Mirenge ya Cyanika, Kagogo, Kinyababa, Butaro, Kivuye na Bungwe.

    Mu Karere ka Nyagatare iki cyemezo kirareba imirenge ya Matimba, Musheri, Rwempasha, Tabagwe, Karama na Kiyombe, mu gihe mu Karere ka Gicumbi kireba imirenge ya Rubaya, Cyumba na Kaniga.

    Muri utu turere twose iki cyemezo kizatangira kubahirizwa ku wa 17 Kamena 2020.


  • Inkuru yo mu ijoro ryo ku wa 15 Ukuboza 2018: Amaganya, imiborogo n’ibikomere ku batewe na FLN ya Rusesabagina –

    Ni ubuhamya bwatanzwe kuri uyu wa Gatatu tariki 16 Kamena 2021 mu Rukiko Rukuru, mu rugereko ruburanisha ibyaha Mpuzamahanga n’ibyambukiranya imbibi.

    Hari hakomeje kuburanishwa urubanza ruregwamo Rusesabagina Paul, Nsabimana Callixte n’abandi baregwa hamwe ibyaha bitandukanye by’iterabwoba bishingiye ku bikorwa by’umutwe wa MRCD-FLN babarizwagamo.

    Saa mbili n’iminota 39 nibwo Inteko Iburanisha yinjiye mu rukiko, itangira yumva abasaba indishyi muri urwo rubanza n’impamvu zabo.

    Ngirababyeyi Désiré w’imyaka 31 niwe wahagurutse mbere. Yavuze ko indishyi asaba zikomoka ku bububare yanyuzemo ku mugoroba wo kuwa 15 Ukuboza 2018 ubwo yari atwaye imodoka ya sosiyete itwara abagenzi ya Alpha yari iturutse i Rusizi yerekeza i Kigali.

    Ngirababyeyi yavuze ko bahagurutse i Rusizi saa kumi z’umugoroba. Ahagana saa kumi n’ebyiri n’iminota 15 bageze muri Nyungwe rwagati, nibwo bakase ikorosi basanga abasirikare batari Abanyarwanda batambitse ibiti mu muhanda.

    Abo basirikare ngo bahise batangira kubarasaho. Uwo mugabo yavuze ko bageze muri iryo korosi imbere hari indi modoka batangiye gutwika iri gushya.

    Ati “Bari bajagaragaye, naraguye kuko hari mu ikorosi, bari bajagaragaye bafite wasiwasi, umwe aravuga ngo uriya mushoferi mumuzane. Naribajije nti ‘ese abasirikare b’Abanyarwanda nibo bari gutwika imodoka?”

    Ngirababyeyi yavuze ko yashatse gukomeza kugendesha imodoka nubwo bari bari kuyirasaho, umwe mu nyeshyamba wari uhagaze mu ikorosi ahita abarasa igisasu (roquette) imodoka igwa munsi y’umuhanda mu ishyamba.

    Ngo yahise amena ibirahure by’imbere mu modoka avamo, asaba na bagenzi be kuvamo ngo batangire urugendo rw’ishyamba muri iryo joro.

    Yavuze ko yahise akuramo imyenda akagenda yambaye ubusa kuko muri ibyo bihuru byuzuyemo amahwa, atashoboraga kugenda yambaye imyenda.

    Kubera ko atagiye kure cyane y’umuhanda, ngo hari imodoka y’ikamyo yanyuzeho ayireba, igeze imbere barayirasa. Icyakora kuko ngo hashobora kuba hari harimo umusirikare, nawe yarasanye nabo, inyeshyamba ziriruka.

    Nibwo haje hakurikiyeho ibifaru by’ingabo z’u Rwanda ari nabwo zatangiraga gutabara zishakishha abakomeretse.

    Ngirababyeyi yabwiye urukiko ko amaze kwizera ko ingabo z’u Rwanda zaje, yavuye mu bihuru ajya kubiyereka, bamusaba guhamagara abo bari bari kumwe bose kugira ngo batabarwe.

    Yavuze ko bagiye bamwe bari kuvirirana kuko hari abari barashwe amasasu.

    Ati “Nibwo ambulance zatangiye kuza kudutwara zitugeza ku Kigeme baradufasha abandi babakomeretse cyane babajyanye CHUK.”

    Ngirababyeyi yavuze ko yarashwe amasasu mu kirenge ku buryo n’ubu hari ayahezemo kuko abaganga bamubwiye ko nibamubaga ashobora kugira ikibazo cyo mu mutwe kuko bamurashe mu mitsi ifite aho ihurira n’iyo mu bwonko.

    Undi watanze ubuhamya ni Habimana Zerote w’imyaka 30. Yari asanzwe ari umukozi ushinzwe ubugenzuzi muri sosiyete itwara imodoka ya Alpha Express icyakora kuri uwo mugoroba yari yahagurutse mu modoka itwara abagenzi ya OMEGA ivuye Huye yerekeza mu karere ka Rusizi agiye mu bukwe no gusura ababyeyi.

    Iyo modoka niyo yatwitswe bwa mbere n’inyeshyamba za FLN. Ubwo bari binjiye muri Nyungwe, inyeshyamba za FLN zatangiye kubarasaho.

    Ati “Umushoferi yakase ikorosi bahita baturasa, bakimara kuturasa njye nibwira ko ari ibintu bisanzwe ariko nza kubona ko ari inyeshyamba. Nabonye ko bidasanzwe mbonye uwari uri imbere ahita apfa. Imodoka bahise bayiteramo igisasu barasa amasasu menshi ariko njye nari nicaye ku ruhande negereye umuryango.”

    “Inyeshyamba zavugaga Ikirundi, abandi bavuga Igiswahili, barambwira ngo ‘mfungure umuryango’. Uwabimbwiraga yari afite inkota ndende”.

    Habimana yanze gufungura umuryango, barawurasa urafunguka. Batangiye kubarasa ariko kuko imodoka yari yahengamye batangira gukururuka bakwira imishwaro mu ishyamba.

    Ngo inyeshyamba zakomeje kubakurikira, zibambura ibyo bari bafite ibindi zirabibikoreza, zibashorera mu ishyamba ijoro ryose bagenda urugendo rw’amasaha umunani.

    Ati “Tumaze kubona ibintu bikomeye, ibyo twari dufite byose barabitwatse ibindi barabitwikoreza, batumanura mu ishyamba . Twagenze urugendo rw’amasaha ari hagati y’atandatu n’umunani. Baratujyana badukubita ibibuno by’imbunda n’inkoni.”

    “Bakomeje kutujyana tuvirirana. Nka saa sita z’ijoro saa saba twageze aho ibirindiro byabo byari biri. Badusiga aho baragenda, ntabwo tuzi aho bagiye kuko bwari bwije.”

    Babonye izo nyeshyamba zigiye, ngo bigiriye inama yo kugaruka inyuma aho bavuye ari bwo bahuraga n’Ingabo z’u Rwanda.

    Ati “Twarimo tuvirirana, njye nateruwe n’abasirikare batatu baranzamura bangeza ku muhanda, kuko nari navuye amaraso menshi bantera inshinge banzirika na bande mu mutwe, banzirika indi ku kuboko, banzirika n’indi mu mugongo no ku kirenge. Bakimara kudukorera ubwo butabazi bahise batujyana ku bitaro bya Kigeme.”

    Aba batanze ubuhumaya bavuze ko barashwe bakaba baramugajwe ku buryo ntacyo bakibasha kwikorera bityo basaba indishyi.

    Habimana yasabye guhabwa indishyi za miliyoni 50 Frw yo kwivuza, miliyomi 20 y’iyicarubozo yakorewe ubwo bari bari mu ishyamba, miliyoni 68.4 Frw y’impozamarira y’uko atakibasha gukora ibimutunga na miliyoni imwe y’ikurikiranarubanza.

    Ngirababyeyi we yasabye indishyi za miliyoni 137 Frw zirimo miliyoni 50 Frw zo kwivuza, miliyoni 66 Frw z’uko yamugajwe atakibasha kwikorera ibimubeshaho na miliyoni imwe y’ikurikiranaburubanza.

    Ngirababyeyi yavuze ko amasasu yarashwe n’inyeshyamba za FLN yamusigiye ubumuga

    Habimana yavuze ko ntacyo akibasha kwikorera kubera ubumuga yasigiwe n’ibitero bya FLN

    Ubwo abaregwa bageraga ku rukiko

    Bose bafungiye muri Gereza ya Mageragere ari naho bageze mu rukiko baturutse

    Mbere yo kwinjira mu cyumba cy’iburanisha, bahabwaga umuti wica udukoko mu rwego rwo kwirinda Covid-19

    Bamwe mu baregera indishyi barimo n’abakomerekejwe n’ibitero bya FLN bari bitabiriye iburanisha

    Nsabimana Callixte aganira n’umunyamategeko we mbere y’uko iburanisha ritangira

    Abaregwa bose mu rukiko

    Angelina Mukandutiye ni umwe mu baregwa wari mu rukiko

    Amafoto: Igirubuntu Darcy


  • Miliyari 8 Frw z’imyenda, ibibazo by’abakozi, ikoranabuhanga ry’akayabo ridakoreshwa… ibibazo bya UR byahaswe Minisitiri w’Uburezi –

    Ni ibibazo byagaragaye mu isesengura rya raporo y’Umugenzuzi w’Imari ya leta mu mwaka warangiye ku wa 30 Kamena 2019, biri mu ibaruramari, ibishingiye ku micungire y’umutungo n’imitangire y’amasoko, imicungire y’amasezerano, imikoreshereze y’ikoranabuhanga, n’ibindi.

    Iyo raporo yagaragaje imyenda y’umurengera Kaminuza idafitiye ibisobanuro by’inkomoko yayo. Ni kimwe mu byo Minisitiri yabajijwe asobanura ko muri rusange ko kugeza ubu Kaminuza y’u Rwanda ifitiwe miliyari esheshatu na yo ikaba ifitiye abandi bantu miliyari umunani z’amafaranga y’u Rwanda.

    Abadepite bavuze ko aya mafaranga akwiye gushakirwa indi nyito bikitwa ko ‘yabuze’ kuko umwenda witwa wo kuko ufite uwawutanze n’uwawuhawe kandi buri wese akaba afite gihamya.

    Minisitiri w’Uburezi yavuze ko iyi myenda ikomoka ku bigo byahujwe bigakora Kaminuza y’u Rwanda ariko ko kubona ikiyigaragaza bikiri ingorabahizi.

    Ati “Ukurikije imyaka myinshi imwe mu myenda imaze hakwigwa uburyo yakurwa mu bitabo rusange by’ibaruramari ariko igakomeza gukurikiranwa. Imyinshi iri hagati y’imyaka 30 na 10.”

    Depite Karemera Francis yavuze ko icyakoroha ari uko iyo myenda yakomeza gukurikiranwa yanditse, dore ko hari n’undi mwenda ungana na miliyoni 110 z’amadolari Kaminuza y’u Rwanda iberewemo n’abanyeshuri bahawe inguzanyo yo kwiga muri ‘Masters in computer Sciences’ wahanaguwe mu bitabo by’ibaruramari nta bisobanuro ndetse hatabayeho kugerageza kuwishyuza.

    Ni kimwe n’undi ungana na miliyoni 16 z’amafaranga y’Rwanda wo muri Koleji ya Nyagatare wahanaguwe bitemejwe n’inama y’ubutegetsi.

    Kaminuza y’u Rwanda yaciwe amande ya miliyari 1,4 by’amaherere

    Raporo y’umugenzuzi w’imari ivuga ko iki kigo cyaciwe amande ya 1.414.408.399 Frw kubera kutubahiriza amasezerano yo kwishyura amacumbi y’abanyeshuri ariko Minisiteri y’Uburezi ivuga ko atari amande ahubwo ari imisoro yatanzwe bitari ngombwa Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahoro kikaba cyaranze kuyasubiza.

    Dr Uwamariya ati “Kaminuza y’u Rwanda nta mande yaciwe ahubwo yishyuye imisoro itagombaga kwishuya. Arenga miliyari 1,2 Frw yishyuwe nk’umusoro ku nyongeragaciro muri RRA; UR yasabye ko RRA iyisubiza ayo mafaranga irabihakana ivuga ko yatanzwe mu nzira zemewe n’amategeko.

    Abadepite bagaragaje impungenge ko ibigo bya leta bizajya bikomeza guhomba mu buryo budasobanutse basaba ko ba nyirabayaza bajya babiryozwa ku giti cyabo.

    Abakozi barenga 200 Kaminuza yohereje kwiga barayicitse

    Abadepite kandi banenze Kaminuza y’u Rwanda ku kudakurikirana no kutishyuza abahoze ari abakozi bayo bahawe inguzanyo yo kwiga ariko ntibasubire mu kazi nk’uko amasezerano yabigenaga aho yishyuye miliyoni 453.717. 508 Frw ku bakozi 27.

    Mu gihe cy’igenzura muri Werurwe 2020, umwe ni we wari warasubiye mu kazi mu gihe abandi 26 baburiwe irengero ndetse Kaminuza ntifite amakuru y’aho baherereye ku buryo yabishyuza.

    Minisitiri Uwamariya yavuze ko abo banyeshuri bari bahawe inkunga yo kwiga binyuze muri Minisiteri y’ikoranabuhanga biga muri Kaminuza, bagomba kwishyuzwa binyuze muri BRD nk’abandi bize ku nkunga ya leta.

    Agaruka kuri iki kibazo yavuze ko muri rusange abakozi ba kaminuza bishyuriwe ntibasubire kuyikorera bagera kuri 212 bigaga banahabwa umushahara wabo kuva mu 1998.

    Harimo abatangiye kwiga amasezerano atarategurwa ubu akaba adahari, abandi nta makuru y’aho baherereye yabonetse kuko telefone na email bakoreshaga zahindutse.

    Nyuma y’aho Kaminuza ishyizeho itsinda ryo gukurikirana iki kibazo, 130 amasezerano yabo yarabonetse, hakaba n’abandi byagaragaye ko badakwiye gukurikiranwa kubera ko bahawe izindi nshingano na guverinoma, abapfuye n’abandi.

    Kaminuza ifite imitungo itazi itanafitiye ibyangombwa

    Abadepite bavuze ko mu bibanza 116 Kaminuza itunze, 55 nta byangombwa bifite ndetse nta rutonde rw’imitungo itimukanwa igira uretse iyo ku ishami rya Huye na yo igwiriyemo imaze igihe itabyazwa umusaruro ndetse n’iyangirika ntisanwe.

    Minisitiri Uwamariya yavuze ko ibibanza 95 byaje kubonerwa ibyangombwa hakaba hasigaye 21 bitaraboneka bizakomeza gushakishwa.

    Ku bijyanye no kuba hari imitungo itazwi, Dr Uwamariya yavuze ko Kaminuza yahaye isoko ikompanyi yitwa Landmark ryo kuyibarura yose, kuyiha agaciro no gukora igitabo kizaba gikubiye hamwe iyimukanwa n’itimukanwa.

    Depite Mukayijore Suzanne yavuze ko kubona kaminuza nk’ikigo cy’intiti itazi umutungo wayo ari ikibazo gikomeye, abandi bakubitwa n’inkuba bumvise iby’amasezrano iyo kompanyi yagiranye na kaminuza bagaragaza impungenge ko ikomeza gutakaza amafaranga yishyura serivisi zitari ngombwa.

    Depite Uwambaje Aimée Sandrine ati “Kuba ibigo bya kaminuza byarahujwe bivuze ko nta makuru ifite y’imitungo? Byahujwe ryari ku buryo bigejeje iyi saha itaramenyekana, ibyo bigo ntibikiri mu Rwanda ku buryo bashobora kumenya amakuru? Harimo ikibazo cy’igenamigambi, numva byashyirwa mu mihigo y’abakozi ba kaminuza hakamenyekana imitungo ifite.”

    Ikoranabuhanga ryashowemo arenga miliyari ebyiri z’amafaranga y’u Rwanda ntirikoreshwa

    Muri Kaminuza y’u Rwanda kandi hagaragaye icyuho mu mikoreshereze y’ikoranabuhanga rya IEBMIS (Integrated Education Business Management Information Systems) ritabyazwa umusaruro mu gihe kugeza mu Ugushyingo 2019 ryari rimaze gutangwaho 2.323.035.463 Frw.

    Ni système igizwe n’ibice 14 ariko hakaba hakoreshwa bitatu gusa bingana na 21.4%, ibyo abadepite bagereranyije no ‘kugura imodoka ugakomeza kugenza ibirenge.’

    Kaminuza yayiguze mu 2012 na sosiyete yitwa Adapt IT yo muri Afurika y’Epfo. Iyi sosiyete yakomeje kwifashishwa kuko abakozi ba Kaminuza bari bataragira ubumenyi mu kuyikoresha.

    Ikibazo cyakomeje kubaho ni uko n’abahuguwe bagiye bigendera ku buryo kuri ubu batagikorera Kaminuza y’u Rwanda.

    Icyakora kuri ubu ngo hateguwe amahugurwa ku gice kijyanye n’imicungire y’abakozi, icyo abanyeshuri bigiramo bakaniyandikishamo, igikorerwamo iby’umutungo, icy’imicungire y’abakozi n’igifasha abakozi gusaba ikiruhuko.

    Mu bindi byagaragajwe mu isesengura ry’iyi raporo, harimo ko Kaminuza y’u Rwanda yananiwe gutanga imisanzu ya RSSB hagati ya 1999 na 2008.

    Ifite imicungire mibi y’amasezerano y’inguzanyo n’inkunga, imicungire mibi y’amasoko, kwandika nabi mu bitabo by’ibaruramari n’ibindi.

    Minisitiri w’Uburezi, Dr Uwamariya Valentine yabajijwe ibibazo bya Kaminuza y’u Rwanda birimo imyenda y’umurengera bitazwi inkomoko yayo