Tag: featured

  • ADEPR yibutse ab’i Muganza bazize Jenoside yakorewe Abatutsi, ishimira Inkotanyi #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Pasiteri Ndayizeye wa ADEPR yunamiye abari abakirisito biciwe muri Paruwasi ya Muganza
    Pasiteri Ndayizeye wa ADEPR yunamiye abari abakirisito biciwe muri Paruwasi ya Muganza

    Muri uwo muhango, Umuvugizi wa ADEPR ku rwego rw’Igihugu, Pasiteri Ndayizeye Isaie, hamwe n’uwarokokeye kuri Paruwasi Muganza, bashimiye Inkotanyi.

    Pasiteri Ndayizeye yagize ati “Kugira ngo murokoke ni uko Imana yakoresheje Inkotanyi, turazishimira kuko zahagaritse Jenoside yakorewe Abatutsi hakagira abayirokoka”.

    Pasiteri Ndayizeye avuga ko Itorero rya ADEPR rifite gahunda yo gufatanya na Leta guteza imbere Gahunda y’Ubumwe n’Ubwiyunge ndetse n’isanamitima.

    Uyu muhango wo kwibuka abari abakirisito ba ADEPR bazize Jenoside yakorewe Abatutsi, wabaye hubahirizwa amabwiriza yo kwirinda icyorezo cya Covid-19.

    ADEPR Muganza yibutse abari abakirisito bayo b
    ADEPR Muganza yibutse abari abakirisito bayo b’i Muganza bazize Jenoside yakorewe Abatutsi

    ADEPR Muganza ivuga ko abagera ku 179 barimo uwari umudiyakoni umwe, abari abaririmbyi 10 ndetse n’abari abakirisito basanzwe 168, bishwe na bamwe mu bo basenganaga babaziza kuba Abatutsi.

    Umushumba wa ADEPR Muganza, Rev Nshutiraguma Jean Baptiste,
    avuga ko kuba hari abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi ari ukubera ko Imana yabazigamye.

    Musoni Martin warokokeye muri Paruwasi ADEPR Muganza, yatanze ubuhamya avuga ko hari Abatutsi benshi bishwe bakajugunywa mu mugezi wa Nyabarongo.

    Yakomeje avuga ko hari abaturage bavanywe mu Majyaruguru bagatuzwa i Mageragere no mu bindi bice by’icyahoze ari Segiteri Butamwa, bakaba ari bo ngo bakoze Jenoside.

    Musoni yagize ati “Butamwa yabayemo Jenoside iteye ubwoba kuko Abatutsi bajugunywe muri Nyabarongo ari benshi, abo twasenganye twabahungiragaho bakatubwira ko Imana yadutanze.”

    Musoni avuga ko ubwo Inkotanyi zari zigeze kuri Nyirangarama mu Karere ka Rulindo, ngo zokeje igitutu ingabo za Habyarimana zikamanuka Shyorongi zirukanka, akaba ari bwo Abatutsi batangiye gutotezwa.

    Ati “Abo twasenganaga batangiye kutubwira ko bene wacu barimo kurasa abasirikare babo”.

    Rev Nshutiraguma wa Paruwasi ya Muganza
    Rev Nshutiraguma wa Paruwasi ya Muganza

    Musoni na we ashimira Ingabo zari iza RPA(Inkotanyi) ko zahagaritse Jenoside yakorewe Abatutsi hakagira abarokoka.

    Itorero rya ADEPR ryatanze amafaranga(ritifuje kuvuga umubare) agamije gufasha gusana inzu zishaje z’abarokotse Jenoside mu mirenge ya Kigali na Mageragere, hamwe no kwishyurira ubwisungane mu kwivuza ab’i Nyamirambo.

  • RIB irimo gukora iperereza ku banyeshuri ba KIM bakekwaho kugura amanota #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ubuyobozi bw’iyo kaminuza yahararitse imirimo mu kwezi k’Ukwakira 2020, bwashingiye ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19 bwanga gutanga impamyabumenyi kuri abo banyeshuri bakabakaba 600 barangije kwiga mu mwaka wa 2019.

    Kugeza ubu nta tariki abo banyeshuri barahabwa yo kuzabona impamyabumenyi zabo, kuko hiyongereyeho dosiye y’Ubugenzacyaha buvuga ko bukirimo gukora iperereza kuri zimwe muri izo mpamyabumenyi ngo zifite amanota y’amahimbano.

    Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B Thierry avuga ko hari abakozi muri KIM bagiye bahindurira amanota bamwe mu banyeshuri (akaba adahuye n’ayo abarimu batanze), ndetse ko iperereza rimaze gufata abanyeshuri bagera ku 108.

    Dr Murangira ati “Iperereza riracyakomeje ntabwo rirapfundikirwa, ni ukugira ngo hamenyekane uwabikoze yabikoze ate, yabikoreye iki! N’ibijyanye na ruswa bibaye birimo bizagaragazwa.”

    Ingingo ya 276 y’Itegeko riteganya Ibyaha n’Ibihano iteganyiriza umuntu wese wakoresheje inyandiko itavugisha ukuri (diplome iriho amanota adakwiye), igifungo cy’imyaka ibarirwa hagati y’itanu n’irindwi.

    Ku rundi ruhande ariko abo basore n’inkumi bize muri KIM bavuga ko bari mu rujijo n’igihirahiro, kandi ubushomeri burembeje bamwe muri bo, bitewe n’uko bajya gusaba akazi ntibakabone kubera kutagira ibyangombwa bigaragaza ko barangije kwiga.

    Umwe muri bo yabwiye RBA (dukesha iyi nkuru) ati “Iyo twifuza akazi twegeranya ibyangombwa, ariko haburamo diplome(impamyabumenyi) bagahita badukura mu mubare w’abagomba kugahabwa”.

    Bavuga ko bafite ibihamya(indangamanota) by’uko basoje amasomo mu kwezi kwa Nzeri kwa 2019, ariko kugeza ubu ngo nta cyizere cy’igihe bazambara imyambaro y’abahabwa impamyabumenyi.

    Aba banyeshuri muri KIM bakomeza bavuga ko ababyeyi babo na bo babafitiye amakenga, bagakeka ko babahaye amafaranga y’ishuri bakayakoresha ibindi.

    Umuyobozi uhagarariye Kaminuza ya KIM, Kayisengerwa Rachel yijeje ko mu minsi ya vuba (atavuze umubare), abo banyeshuri bazatangarizwa igihe bazahabwa impamyabumenyi zabo, n’ubwo ngo atari bose kubera dosiye ya RIB.

    Kayisengerwa yagize ati “Hari abanyeshuri batazabona impamyabumenyi zabo cyangwa se bazazibona nyuma iperereza rirangiye, kugeza uyu munsi ibintu byose bimaze kujya ku murongo, ibyagiye muri RIB byavuyeyo raporo barayiduhaye, mu minsi ya vuba turabatangariza itariki ya ‘graduation.”

    Kaminuza ya KIM yahagaritse kwigisha mu kwezi k’Ukwakira mu mwaka ushize wa 2020 kuko yavugaga ko bitewe n’icyorezo cya Covid-19 habayeho ibibazo by’ubukungu. Iyi kaminuza ubu ikomeje gushaka umushoramari wayigura kugira ngo yongere isubukure imirimo.

  • Abangavu barenga ibihumbi 98 batewe inda mu myaka itanu ishize – #rwanda #RwOT

    Igiteye impungenge ni uko imibare y’abaterwa inda igenda izamuka buri mwaka, kuko yavuye ku bana 17 849 mu 2016, bagera ku 17 337 mu 2017, baba 19 832 mu 2018, bariyongera mu 2019 bagera kuri 23 628 mu gihe muri Nyakanga umwaka ushize, bari bamaze kugera ku 19 701.

    Mu kiganiro cyateguwe n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku mibereho myiza y’abaturage, UNFPA, cyari gifite insanganyamatsiko igira iti “Umubiri Wanjye, Agaciro Kanjye”, hagarutswe ku mpamvu iki kibazo gikomeje gufata indi ntera mu Rwanda n’uburyo cyakemurwa.

    Iki kiganiro cyitabiriwe na Depite Nyirabega Euthalie, Umuyobozi muri MIGEPROF, Batamuriza Mireille ndetse na Dr. Kagaba Aphrodis uyobora HDI mu Rwanda bagaragaje ko ikibazo cy’ingutu kikigaragara mu bangavu baterwa inda.

    Depite Nyirabega Euthalie yavuze ko uretse no kuba ari ikibazo ku muryango w’abo bana, biteye isoni ku gihugu kubona imibare nk’abangavu baterwa inda iri gutumbagira.

    Ati “Ubundi ni ikibazo gikomeye kuvuga ngo imibare iri kwiyongera, buri wese yari akwiye kubigira ibye, kugira ngo bihagarare, akumva ko ubuzima bw’abamwegereye bufite byinshi buvuze kandi hagashyirwamo imbaraga nyinshi kuko biteye isoni kubona imibare ikomeje kuzamuka.”

    Ku ruhande ry’Umuyobozi ushinzwe Iterambere ry’Umuryango no Kurengera umwana muri Minisiteri y’Iterambere ry’Umuryango n’Uburinganire mu Rwanda, Batamuriza Mireille, yavuze ko biteye impungenge kubona buri mwaka abana baterwa inda barenga ibihumbi 17.

    Umuyobozi w’Umuryango Uharanira Guteza Imbere Ubuzima, HDI, Dr. Kagaba Aphrodis, yavuze ko impamvu hakigaragara umubare munini w’abangavu baterwa inda, ari uko ababyeyi bataganirizwa ku buryo buboneye bwo gufasha abana babo mu bihe by’uburumbuke bwabo, asaba ko ibikorwa byo kuganiriza abana byakwiyongera mu mashuri ndetse no mu miryango.

    Ati “Birakwiye kwigisha abagabo n’abasore ndetse n’abana bo mu mashuri, bakigishwa hagendewe ku matsinda bahuriramo ndetse bakajya banasurwa bakaganirizwa ku buzima bw’imyororokere. Ababyeyi na bo bakwiye kuganirizwa binyuze mu nsengero babarizwamo ndetse no mu itangazamakuru mu rwego rwo kubihashya.”

    Mu biganiro bitandukanye, abana batewe inda bakunze gutangaza ko kimwe mu bibazo byatumye baterwa inda, ari uko bashukwa ndetse n’ababyeyi babo ntibabafashe mu kubona ubutabera, rimwe na rimwe batinya kwiteranya ndetse no kugibwaho igisebo n’abaturanyi.

    Muri raporo ya UNFPA ku ihohoterwa rikorerwa abagore, hagaragara ko mu Rwanda abagore 89% ari bo babasha kwifatira umwanzuro ku bijyanye no kuboneza urubyaro.

    Umuyobozi wa UNFPA mu Rwanda, Mark Bryan Schreiner, yasabye abagore guharanira agaciro kabo ntibatinye abagamije kubahohotera kuko umugore wese ubasha kwifatira icyemezo ku buzima bwe ashobora kwirinda ibi bibazo.

    Abangabu barenga ibihumbi 98 batewe inda mu myaka itanu ishize

  • Huye: Umumotari watwaye umuntu uhetse umwana anagana mu mugongo yafashwe, umugore aracyashakishwa – #rwanda #RwOT

    Mu minsi ishize ni bwo ku mbuga nkoranyambaga hagaragaye umugore uhetse umwana nabi ari kuri moto, ku buryo byari biteye impungenge ko uwo mwana ashobora kugwa. Byagaragaye kandi ko umuyaga wagendaga umukubita mu maso.

    Benshi bakoresha imbuga nkoranyambaga barabinenze, bandika ibitekerezo basaba ko uwo mugore n’uwo mumotari bakwiye guhanwa kuko bakoze icyaha cyo guhohotera uwo mwana w’uruhinja.

    Polisi y’Igihugu yahise itangira kubashakisha, maze ku wa 18 Kamena 2021 ita muri yombi uwo mumotari ajya no kwerekana iwabo w’uwo mugore mu Murenge wa Gishamvu mu Karere ka Huye ariko bahageze baramubura.

    Uwo mumotari umaze imyaka irindiwi akora umwuga wo gutwara abantu kuri moto, yeretswe itangazamakuru kuri uyu wa Gatandatu avuga ko yemera ko yakoze icyaha akaba asaba imbabazi.

    Avuga ko yatwaye uwo mugore ku Cyumweru tariki ya 13 Kamena 2021 amuvanye muri Gare ya Huye amujyanye mu Murenge wa Gushamvu.

    Yemera ko yari amutwaye ahetse umwana kandi atwaye n’ivalisi, ariko akavuga ko yabanje kumusaba kumuheka neza.

    Yagize ati “Ndamubwira nti ariko banza uheke umwana neza tubone guhaguruka. Umwana amushyira mu mugongo mbona ko amuhetse nta n’ikibazo turagenda.”

    “Ahubwo uburyo umwana yaje kugenda amanuka nibyo ntamenye; tugeze ku Mukoni, ugana ku muhanda w’igitaka ujya i Gishamvu ababyeyi baraduhagarika ngo ntabwo umubyeyi ahetse umwana neza. Turahagarara umubyeyi aheka umwana neza turakomeza turagenda mugeza iwabo.”

    Yemera ko yakoze icyaha agasaba imbabazi ko atazabisubira kuko abanye isomo.

    Ati “Ikosa nemera nakoze ni uko natendetse, nkatendekamo iyo valise n’umwana yari ahetse. Isomo byampaye ni uko ntazongera gutwara umuntu n’igikapu mo hagati cyangwa ahetse n’umwana.”

    Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, SP Theobald Kanamugire, yavuze ko uwo mumotari akurikiranyweho ibyaha bibiri, ari byo kutubahiriza amategeko y’umuhanda n’ubufatanyacyaha bwo kubabaza umubiri w’umuntu bidaturutse ku bushake.

    Ati “Icyo cyaha gihanwa mu ngingo ya 118 mu gitabo cy’amategeko ahana ibyaha mu Rwanda. Ni ubufatanyacyaha ku cyaha cyo kubabaza umubiri w’umuntu bidaturutse ku bushake.”

    Mu gihe yaramuka ahamwe n’iki cyaha yahanishwa igihano cy’igifungo kitari munsi y’amezi atatu ariko kitarenze amezi atandatu cyangwa se agahanishwa gutanga ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi y’ibihumbi 500 ariko atarenze miliyoni imwe.

    Umugore ari gushakishwa

    SP Kanamugire yabwiye itangazamakuru ko umugore wari uhetse umwana nabi anaganaga akajya kuri moto na we ari gushakishwa kandi vuba aha araba yafashwe kuko iwabo hamaze kumenyekana n’ubwo akomeje kwihisha.

    Nafatwa azakurikiranwaho icyaha cyo kubabaza umubiri w’umuntu bidaturutse ku bushake. Kimuhamye yahanishwa igihano kimwe n’icyahanishwa umumotari wari umutwaye.

    Ati “Umubyeyi na we turacyakomeza kumushakisha hari amakuru dufite y’uko tumubona mu minsi ya vuba.

    Yasabye abatwara abagenzi n’abantu bose kubahiriza amategeko y’umuhanda abibutsa ko uzafatwa yabirenzeho azajya ahanwa n’amategeko.

    Yibukije abatwara moto ko ntawemerewe gutwara umuntu uhetse umwana mu mugongo kuko moto igira ubwishingizi bw’abantu babiri gusa [umumotari n’umugenzi].

    Yavuze kandi ko nta mumotari wemerewe gutwara umuntu n’ibintu icyarimwe.

    Ati “Ubutumwa dutanga ni uko agomba kureba ko atwaye umuntu umwe kandi na we atari mu kaga. N’ibikapu ntabwo byemewe, igikapu yakagitegeye indi moto.”

    Usibye kuba uwo mumotari ashobora kuzahanwa nahamwa n’icyaha cy’ubufatanyacyaha, kuri ubu yamaze gucibwa amande y’ibihumbi 45 Frw yo kutubahiriza amategeko y’umuhanda.

    Kuri ubu afungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Ngoma mu Karere ka Huye mu gihe hagitegejwe ko akorerwa dosiye kugira ngo ashyikirizwe ubushinjacyaha.

    Umubyeyi wari uhetse umwana muri ubu buryo ari gushakishwa mu gihe umumotari we yafashwe

    SP Theobald Kanamugire yavuze ko uwo mumotari akurikiranyweho icyaha cyo kutubahiriza amategeko y’umuhanda n’icy’ubufatanyacyaha bwo kubabaza umubiri w’umuntu bidaturutse ku bushake

    Uwo mumotari umaze imyaka irindiwi akora umwuga wo gutwara abantu kuri moto, yeretswe itangazamakuru kuri uyu wa Gatandatu avuga ko yemera ko yakoze icyaha akaba asaba imbabazi

    [email protected]


  • Amarangamutima y’umunyamakuru Bujyacyera washinze ishuri biturutse ku nkovu zo kwiga nabi – #rwanda #RwOT

    Iri shuri riherereye mu Karere ka Gatsibo mu Murenge wa Ngarama aho uyu musore avuka. Ryatashywe ku wa 16 Kamena 2021 umunsi wahujwe n’umunsi w’umwana w’umunyafurika.

    Ni ikigo cy’ishuri gifite ahantu ho kwigira no kwidagadura kandi kizatanga serivisi zitandukanye nk’ishuri ry’incuke, serivisi zita ku mirire ku bana, uburezi binyuze muri siporo, umuziki na sinema ndetse n’isuku n’isukura.

    Kizatanga serivisi z’abaturage nko kwigisha ubuzima bw’imyororokere, kandi ababyeyi baziga uburyo bwo gutegura indyo yuzuye n’izindi serivisi zijyanye no kurwanya imirire mibi.

    Ku ikubitiro Guteramn yahereye iwabo ku ivuko ariko avuga ko ateganya gushinga ibigo byinshi mu gihugu hose mu gihe azabona ubushobozi.

    Iki kigo gitahwa hari Visi Meya ushizwe imibereho myiza y’abaturage mu Karere ka Gatsibo, Kantengwa Mary, washimye igitekerezo cya Guterman n’abandi bayobozi b’inzego z’ibanze n’umuryango Nufashwa Yafasha ndetse na komite y’ababyeyi.

    Guterman yabwiye IGIHE ko igitekerezo cyo gushinga iri shuri yakigize kuva kera kuko yumvaga ubuzima yakuriyemo atifuza ko hari umwana w’umunyarwanda wabukuriramo.

    Ati “Nakuriye mu bukene, aho naryaga rimwe ku munsi, aho ntashoboraga kubona ibikoresho by’ibanze by’ishuri, nkirukanwa inshuro nyinshi kubera kubura amafaranga y’ishuri, kugeza ubwo nahagaritse amasomo yanjye igihe cy’umwka kubera kubura ubwishyu bw’amafaranga y’ishuri , icyo gihe byansabye gushaka imirimo y’ingufu nkiri muto kugira ngo mbone amafaranga yo gukomeza kwiga.”

    Akomeza avuga ko byamusigiye igikomere mu myigire ye ndetse bituma ashyira imbaraga mu kazi yakoraga ashakisha uko yasubira kwiga agize Imana aza gukomeza amashuri ndetse araminuza abona na Masters.

    Ati “Ibyo byansigiye inkovu ku mutima abo twiganaga baransiga mu mashuri atari uko ndi umuswa ahubwo ari ubushobozi buke. Maze kugira aho ngera mfashijwe n’abantu nanjye ngira intego yo kugira abantu nzafasha atari mu myigire gusa ahubwo no mirire ndetse n’ibindi nkenerwa.”

    Abana biga muri iki kigo cya Guterman bahabwa ibikoresho byose bakeneye ndetse ikigo gifite imashini zidoda imyambaro ku buryo ntawe ushobora kugira ikibazo cy’imyenda y’ishuri n’iyindi yo kwambara mu buzima busanzwe.

    Umuryango Nufashwa Yafasha watangiye mu 2014, ufite abagenerwabikorwa bagera kuri maganabiri b’abana n’ababyeyi. Iri shuri rizakira abana b’inshuke bagera ku ijana naho abandi barenga 50 biga mu bindi byiciro bazajya bahahurira nyuma y’amasomo no mu biruhuko.

    Ibikorwa byo kubaka iri shuri byatewe inkunga na Western Flanders Province (Intara y’Uburengerazuba y’Abafurama mu Bubiligi), Umuryango w’Ababiligi Umubano Vzw ndetse n’umuryango w’Abasuwisi witwa SpendeDirekt.

    Mu Ukwakira 2019 Nufashwa Yafasha Organization yegukanye igikombe cya serivise nziza nk’umuryango utari uwa Leta w’ubugiraneza.

    Iri shuri ryuzuye ritwaye miliyoni 50 Frw

    Guterman yashinze ishuri nyuma y’ubuzima butoroshye yanyuzemo akiga mu buryo buruhije

  • Nta mazi azongera kubura mu mpeshyi i Kigali n’i Bugesera – WASAC #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Uruganda rw
    Uruganda rw’amazi rwa Kanzenze mu Bugesera rwitezweho gukemura ibura ry’amazi i Kigali n’i Bugesera

    Umuyobozi muri WASAC ushinzwe gukwirakwiza Amazi mu Mijyi, Methode Rutagungira, avuga ko n’ubwo uruganda rwa Kanzenze (mu Bugesera) rutaragera ku ntego yo gutanga metero kibe ibihumbi 40 ku munsi nk’uko byari biteganyijwe, hari igisubizo kimaze kuboneka.

    Rutagungira yagize ati “Muhumure muhumure! Ubu bimeze neza, amazi yariyongereye ku buryo nta bwoba abantu bagombye kugira, kereka ahari hateye ikiza, ubu hari metero kibe ibihumbi 25 bijya i Kigali hamwe n’ibihumbi bitanu bijya mu Bugesera, byose hamwe byagakwiye kuba metero kibe ibihumbi 40 ariko urabizi ko uruganda ari bwo rucyuzura”.

    Minisitiri w
    Minisitiri w’Ibikorwa remezo, Ambasaderi Claver Gatete aha yari yasuye uru ruganda rw’amazi rwa Kanzenze tariki 24 Gashyantare 2021

    Rutagungira arizeza uduce twa Kigali na Bugesera twajyaga tubura amazi mu gihe cy’impeshyi nka Kanombe, Kimironko, Remera, Kabeza, Gahanga, Nyamata n’ibice bihegereye ko hagomba kuboneka amazi igihe cyose.

    Uruganda rwa Kanzenze kandi rwitezweho kunganira izindi mu gutanga amazi mu bice birimo kwagurirwamo Umujyi wa Kigali n’inkengero zawo nka Gasanze, Nduba, mu nganda i Masoro ndetse no hakurya ya Kigali muri Kamonyi.

    Ikigo WASAC kivuga ko uruganda rwa Kanzenze ruzatuma Umujyi wa Kigali ugera ku kwihaza ku mazi wari ukeneye angana na meterokibe ibihumbi 140 ku munsi, mu gihe wabonaga atarenze metero kibe ibihumbi 90.

    Ni uruganda rufite ibikoresho bigezweho
    Ni uruganda rufite ibikoresho bigezweho

    Uru ruganda ruzatuma uyu mujyi ubasha gusagura metero kibe zigera ku bihumbi 11 zijya mu nkengero zawo cyangwa mu bice ugenda wagurirwamo.

    Uruganda rwa Kanzenze rwatangiye kubakwa mu mwaka wa 2017 ku nguzanyo ya Banki Nyafurika itsura Amajyambere BAD yanganaga n’amadolari ya Amerika miliyoni 96 (ni ukuvuga amafaranga y’u Rwanda akabakaba miliyari 96), akaba yarahawe u Rwanda mu rwego rwo kubaka inganda z’amazi no kuyakwirakwiza mu Mujyi wa Kigali no mu yindi mijyi iwunganira.

    Icyo gihe abaturage bari batangiye kubura amazi ku buryo mu bice bya Kimironko mu gihe cy’impeshyi, ijerikani imwe ngo yagurwaga amafaranga 300 nk’uko bisobanurwa n’uwitwa Habumugisha Aminadabu utuye mu Kagari ka Bibare.

  • Umumotari wagaragaye ahetse umugore na we ahetse umwana akurikiranyweho ubufatanyacyaha bwo kubabaza umubiri #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Benshi mu babonye iyi foto banenze uyu mugore ariko cyane cyane umumotari wemeye gutwara abantu babiri kuri moto hamwe n
    Benshi mu babonye iyi foto banenze uyu mugore ariko cyane cyane umumotari wemeye gutwara abantu babiri kuri moto hamwe n’imizigo (Ifoto: Social Media)

    Uyu mumotari witwa Vedaste Nzayisenga ukorera mu Karere ka Huye, yivugira ko uriya mubyeyi yamukuye muri Gare ya Huye ku Cyumweru tariki 13 Kamena 2021, mu masaa kumi za nimugoroba, amujyanye mu Murenge wa Gishamvu.

    Ngo yamusabye guheka umwana neza, maze amushyira kuri moto hamwe n’ivarisi yari afite. Bageze ahitwa ku Mukoni bahagaritswe n’ababyeyi basabye nyina w’umwana guheka neza, nuko bakomeza urugendo.

    Yaje gutungurwa n’uko ku wa Gatanu tariki ya 18 Kamena 2021 yabonye ubutumwa bwa Polisi bumusaba kwishyura amande y’amafaranga ibihumbi 45 bijyanye n’ikosa ryo gutwara abantu barenze umwe kuri moto hamwe n’ibintu, hanyuma n’ikinyabiziga cye na we ubwe barafungwa.

    Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyepfo, SP Théobald Kanamugire, avuga ko naramuka ahamwe n’icyaha akurikiranyweho ubu cy’ubufatanyacyaha bwo kubabaza umubiri w’umuntu bidaturutse ku bushake, nk’uko biteganywa n’ingingo ya 118 yo mu gitabo cy’amategeko ahana mu Rwanda, azahanishwa igifungo kitari munsi y’amezi atatu ariko na none kitarenze amezi atandatu, cyangwa amande y’amafaranga atari munsi y’ibihumbi 500 ariko na none atarenze miliyoni.

    Umumotari yarafashwe mu gihe umugore na we agishakishwa
    Umumotari yarafashwe mu gihe umugore na we agishakishwa

    Agira ati “N’uriya mubyeyi turi kumushakisha, kandi mu minsi mikeya turaba twamubonye. Na we kimwe n’umumotari akurikiranyweho kubabaza umubiri w’umuntu bidaturutse ku bushake, kandi nahamwa n’icyaha na we azahanishwa biriya bihano byo mu ngingo ya 118.”

    SP Kanamugire asaba n’abandi bamotari kwitwararika bakareka kurenga ku mategeko yo mu muhanda nkana, batwara abantu n’ibintu, cyangwa batwara ababyeyi bahetse abana.

    Agira ati “Ubundi moto igendaho abantu babiri, ari na bo moto iba yarafatiye ubwishingizi. Iyo umumotari atwaye umubyeyi uhetse umwana baba babaye batatu.”


  • Ruhango: Bahawe imbangukiragutabara ariko basabwa no kwirinda indwara #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Bitangajwe mu gihe Akarere kesheje umuhigo wo kugura Imbangukiragutabara kari kahize uyu mwaka w’ingengo y’imari, ubuyobozi bukaba buvuga ko kugeza ubu nibura buri murenge ufite ingobyi y’abarwayi.

    Umuyobozi w’Akarere ka Ruhango, Habarurema Valens, avuga ko hari igihe abantu birara cyangwa ntibite ku buzima bwabo bikarangira bazahajwe n’uburwayi kandi bari bakwiye kuba barabwirinze.

    Habarurema avuga ko ubuyobozi bwita ku mibereho y’abaturage barimo n’abarembye ariko bitari bikwiye ko umuntu azahazwa n’uburwayi kubera ko bari bubone serivisi zo kwa muganga zirimo n’ingobyi y’abarwayi (Ambulance).

    Agira ati “Birakwiye ko abaturage batirara ahubwo bakomeza kwirinda indwara, kuboneza imirire, kugira isuku ihagije no kwita ku bana kugira ngo birinde indwara, ambulance ijye itwara gusa indembe za ngombwa”.

    Umuyobozi wungirije w’ikigo nderabuzima cya Kigoma cyashyikirijwe Imbangukiragutabara avuga ko bagiye kurushaho gutanga serivisi inoze kubera ko kohereza umurwayi ku bitaro by’Akarere byasabaga guhamagaza Imbangukiragutabara ikaba yahagera umurwayi yanegekaye.

    Avuga ko Imbangukiragutabara ihoraho izatuma ababyeyi babyara na bo boroherwa kuko wasangaga umubyeyi ukeneye serivisi yo ku bitaro bikuru yakererezwaga no guhamagara imodoka rimwe na rimwe ugasanga iri mu kandi kazi.

    Agira ati “Ababyeyi ntibazongera kubyara umwana urushye kubera ko yatinze kugezwa ku bitaro bikuru, hari igihe twakiraga nk’umuntu ukomeretse bikabije bikaba byanamuviramo kuva amaraso menshi kuko yabuze imodoka imwihutisha ubu byose birakemutse”.

    Abajyanama b’ubuzima bafashaga kugeza ababyeyi ku bigo nderabuzima na bo bavuga ko bishimiye kubona ingobyi yo kwihutisha abaje kwa muganga bityo na bo boroherwe no gukererwana abo baherekeje.

    Imbangukiragutabara ya cyenda iguzwe n’Akarere ka Ruhango itumye nibura buri Murenge ugira ingobyi y’abarwayi bikaba bizoroshya kubihutisha kwa muganga, intego ariko ngo ni uko buri mwaka hazajya hagurwa bene izo modoka ku buryo nibura buri kigo nderabuzima kigira iyo kifashisha.

    Imbangukiragutabara iguzwe ni iyo mu bwoko bwa Toyota Land Cruiser V8 ikaba ifite ibikoresho byose bikenerwa mu gufasha umurwayi igihe ayigezemo. Yaguzwe asaga miliyoni 65frw, ikaba yashyikirijwe ikigo nderabuzima cya Kigoma hakaba hasigaye ibindi bigo Nderabuzima bitandatu bitarabona bene izo modoka.

  • CP Kabera yanenze amwe mu mahoteli y’i Musanze #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Umuvugizi wa Polisi y
    Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda CP John Bosco Kabera

    CP Kabera ni umwe mu batanze ibiganiro byiga ku mahoro, umutekano n’ubutabera (Symposium On Peace, Security and Justice) bimaze iminsi ibiri bitangirwa mu ishuri rikuru rya Polisi (National Police College) riherereye i Musanze.

    Ubwo Kigali Today yamubazaga ku bwiyongere bukabije bw’abandura COVID-19 bukomeje kugaragara mu Karere ka Musanze, yavuze impamvu ebyiri zikomeje gutera ubwo bwiyongere, aho biterwa n’utubari dukomeje gukora, n’amahoteli akomeje kwakira abaza kuyacumbikamo baterekanye icyemezo cy’uko bipimishije COVID-19.

    Ati “Ikintu kigaragara hano muri Musanze, icya mbere ni utubari, ibintu byo kunywa inzoga muri resitora zahindutse utubari zigacuruza inzoga kurusha ibifungurwa, icya kabiri, harahurira abantu benshi mu mahoteli bikagaragara ko batagenzura abantu bajya kurara muri ayo mahoteli ngo berekane ibisubizo bigaragaza ko bipimishije COVID-19”.

    Arongera ati “Abantu bose bari hano mu nama twavuganye, bagaragaje ko mu mahoteli bari kuraramo, batabazwa ibisubizo kandi nanjye nabyiboneye, ni ikibazo gikomeye kuko iyo hinjiyemo utipimishije, ejo hakinjira undi akavamo, nawe ukajyamo ni ko gukwirakwira k’ubwandu”.

    Uwo muyobozi yasabye abacumbikira abantu gushyiraho umuntu ubaza abantu baza babagana icyemezo cy’uko bipimishije, cyane cyane abashaka kurara. Asanga abakora muri resitora na bo bakwiye gupanga intebe basize intera yagenwe ya metero ebyiri n’igice hagati y’ameza n’andi, mu gihe hagati y’intebe n’indi hajyamo metero imwe n’igice.
    Yasabye kandi abo banyamahoteli kubahiriza amabwiriza ya RDB yo kutamara umwanya munini ahantu hafunganye, avuga ko Abanyamusanze bakwiye kugira amakenga dore ko bahana imbibi n’Akarere ka Rubavu kashyizwe muri Guma mu Karere.

    Avuga ko mu gihe ubwandu bukomeje kwiyongera mu Karere ka Musanze no mu mujyi wa Kigali, hatabaho kurebera, ahubwo ko utwo duce dushobora gufatirwa izindi ngamba.

    Ati “Abanyamujyi i Kigali n’Abanyamusanze, na bo baragirwa inama yo kubahiriza amabwiriza, arahari barayazi bakwiye kureba ibyabaye i Rubavu byo kubashyira muri gahunda ya Guma mu Karere, bakareba n’indi mirenge yindi yo muri Burera, Gicumbi na Nyagatare, bakumva ko na Kigali ndetse na Musanze, ibaye ngombwa inzego zibishinzwe zigakora isuzuma na bo bafatirwa ingamba”.

    Yasabye abaturage kubahiriza amabwirizwa yo kwirinda COVID-19, mu gihe inzego z’ubuzima zidahwema kubereka imibare y’abandura n’abicwa na COVID-19.

    Ati “Icyo twabwira Abaturarwanda ni uko iriya mibare babona, ntabwo ari ahantu bakanda ngo yiyongere, n’iyo igabanutse ntabwo ari ahantu abantu babishinzwe bakanda ngo igabanuke, irerekana ubwandu buri mu giturage, bivuze ko niba iriya mibare igaragara kuriya, abantu bakwiye kubahiriza ingamba kugira ngo igabanuke. Icyo dusaba Abanyarwanda ni uko bubahiriza ziriya ngamba, kandi Polisi inshingano ebyiri ifite iki gihe zikomeye ni izo kwigisha, no kugenzura ko amabwiriza yubahirizwa. Turasaba Abanyarwanda ko amabwiriza yubahirizwa 100% niba babona ko iriya mibare igomba kugabanuka.”


  • U Rwanda rwemerewe gusubukura ingendo mu Burayi – #rwanda #RwOT

    Nubwo ubwandu bwa Covid-19 bumaze iminsi bwiyongereye mu Rwanda, muri rusange u Rwanda rwabashije guhangana n’iki cyorezo ku rwego rwo hejuru ku Mugabane wa Afurika, kuko ikigero cy’ubwandu kiri kuri 6% mu gihugu hose, mu gihe ikigero cy’abicwa n’iki cyorezo kiri kuri 1.3%.

    Muri rusange abantu 30 048 nibo bamaze kwandura iki cyorezo mu Rwanda, mu gihe 378 bamaze kwitaba Imana ndetse kuva muri Werurwe 2020, u Rwanda ruri mu bihugu bicye bya Afurika byakomeje gutanga amakuru y’uburyo icyorezo cya Covid-19 gihagaze. Kuva icyo gihe kugera ubu, ibipimo 1.535.396 bimaze gufatwa, mu rwego rwo kugenzura ikigero cy’ubwandu mu Rwanda.

    Uretse u Rwanda, Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, wemereye Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Albanie, Australie, Israel, Japan, Lebanon, Nouvelle Zelande, Macedonia, Serbia, Singapore, Koreya y’Epfo, Thailand n’u Bushinwa, uretse ko butaremezwa neza.

    RwandAir isanzwe ikorera ingendo mu Burayi, aho yerekeza mu gihugu cy’u Bubiligi n’u Bwongereza.

    U Rwanda rwemerewe gusubukura ingendo mu Burayi bitewe n’uburyo rwahanganye na Covid-19