Tag: featured

  • Abanyarwanda begukanye imidali ibiri ya Zahabu muri Kigali Peace Marathon #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Kuri iki Cyumweru mu mujyi wa Kigali habereye isiganwa mpuzamahanga ryitiriwe amahoro rizwi nka “Kigali International Peace Marathon”, aho abanyarwanda babonye imidali mu gice cya Marathon (Half Marathon).

    Kubera icyorezo cya COVID-19 umubare w
    Kubera icyorezo cya COVID-19 umubare w’abitabiriye wari muto ugereranyije n’ibihe byashize

    Mu bagabo basiganwe igice cya Marathon kireshya n’ibilometero 21, Nimubona Yves mu ikipe ya APR Athletics Club ni we wegukanye umwanya wa mbere, aho yakoresheje isaha imwe, iminota itatu n’amasegonda 38.

    Nimubona Yves yegukanye umudali wa zahabu
    Nimubona Yves yegukanye umudali wa zahabu

    Abanya-Kenya bakunda kwiharira ibihembo muri iri rushanwa, nib o bakurikiye Nimubona Yves, aho ku mwanya wa kabiri haje Kimining Shadrack Korir naho ku mwanya wa gatatu haza mugenzi we Joel Mwangi Maina.

    Muhitira Félicien wahabwaga amahirwe nawe yo kuba yakwegukana iri siganwa, yaje ku mwanya wa kane. Umunyarwanda Kajuga Robert we yaje ku mwanya wa gatandatu, Mutabazi Emmanuel aba uwa karindwi, Sebahire Eric aba uwa munani, naho Nsabimana Jean Claude za ku mwanya wa 10.

    Mu cyiciro cy’abagore nabo basiganwe igice cya Marathon, Yankurije Marthe ukinira APR AC, ni we waje ku mwanya wa mbere akoresheje isaha imwe, iminota 15 n’amasegonda arindwi.

    Yankurije Marthe wabaye uwa mbere mu bagore
    Yankurije Marthe wabaye uwa mbere mu bagore

    Ku mwanya wa kabiri haje Musabyeyezu Adeline wakoresheje isaha imwe, iminota 16 n’amasegonda 28, ku mwanya wa gatatu haza umunya-Kenya Edna Jorono Kimitei.

    Minisitiri wa Siporo Munyangaju Aurore Mimosa yatangije isiganwa ndetse aranaryitabira
    Minisitiri wa Siporo Munyangaju Aurore Mimosa yatangije isiganwa ndetse aranaryitabira

    Muri Marathon yuzuye (Full Marathon) ya Kilometero 42, ku mwanya wa mbere mu bagabo haje umunya-Ethiopia Kindie Dersehwakoresheje amasaha abiri, iminota 23 n’amasegonda 29.

    Ku mwanya wa kabiri haje umunya-Eritrea Berhane Hidru wakoresheje amasaha abiri, iminota 23 n’amasegonda 31, naho ku mwanya wa gatatu haza umunya-Ethiopia Meseret Dekebo wakoresheje amasaha abiri, iminota 23 n’amasegonda 33.

  • Abiga muri UTAB bahawe umukoro wo guhashya abitwikira ikoranabuhanga bagapfobya Jenoside – #rwanda #RwOT

    Mu gikorwa cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi, urubyiruko rwasobanuriwe amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi yahereye ku ngengabitekerezo y’urwango yabibwe n’abifuzaga ko u Rwanda rucikamo ibice kubera inyungu bifuzagamo ngo bakolonize igihugu cyari gishyize hamwe, bigakomereza no ku butegetsi bwakomeje kurwimika bikageza igihugu kuri Jenoside yakorewe abatutsi.

    Umuyobozi w’Ishyirahamwe rihuza uturere n’Umujyi wa Kigali, RALGA, Ladislas Ngendahimana yabwiye abatabiriye icyo gikorwa ko ingengabitekerezo ya Jenoside yabibwe ikanimikwa mu Rwanda ntaho yari ihuriye n’indangagaciro z’Umunyarwanda, ko ahubwo zari iz’abanyamahanga babonaga gukoloniza igihugu bitaboroheye kubera gushyira hamwe kwarangaga abanyarwanda.

    Yagize ati “Ibyo byarakomeje bihemberwa n’ubutegetsi bubi kugeza ubwo hakorwaga Jenoside yakorewe Abatutsi ikorwa n’umubare munini w’urubyiruko. Icyiza ni uko yahagaritswe n’urubyiruko rwumvaga neza indangagaciro za kinyarwanda zo kwiyubakira igihugu. Urubyiruko iyo rwigishijwe neza rukora neza, rwakwigishwa nabi rugakora ibibi. Icyo dusaba urubyiruko ni ukumenya neza amateka noneho rugahaguruka rugahangana n’abagifite umugambi mubi wo guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi bifashishije ikoranabuhanga”.

    Bamwe mu rubyiruko rwiga muri UTAB, bemeza ko bafite ubumenyi n’ubushake bwo kumenyekanisha amateka y’ukuri ya Jenoside yakorewe Abatutsi bifashishije ikoranabuhanga kugira ngo n’abaryifashisha bayipfobya badakomeza gukwirakwiza izo nyigisho zipfuye.

    Umuhuzabikorwa w’Umuryango w’abanyeshuri barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi muri UTAB, Hategekimana Evariste, yavuze ko kwibuka bahakura imbaraga ndetse no kumenya neza amateka.

    Yagize ati “Kwibuka ni igikorwa twishimira cyane kuko ni umwanya wo kuzirikana no guha agaciro abacu bazize Jenoside yakorewe Abatutsi baduhaye indangagaciro n’ubu tukigenderaho. Natwe nk’urubyiruko twiteguye kwifashisha ubumenyi dufite mu ikoranabuhanga ngo twandike kandi twereke isi ukuri ku mateka ndetse bizanatuma abayihakana n’abayipfobya badakomeza gutambutsa inyigisho zabo z’ibinyoma ziyobya rubanda”.

    Umugwaneza Chantal na we yagize ati “Niteguye gusobanura neza amateka ya Jenoside nyuma yo kuyamenya kandi abayagoreka n’abayapfobya twe nidufatanya nk’urubyiruko nta kabuza tuzatsinda”

    Umuyobozi wa Kaminuza y’ikoranabuhanga n’ubugeni ya Byumba, Dr Fidele Ndahayo yemeza ko nta kabuza kwigisha urubyiruko ari kimwe mu bizafasha igihugu kubaka umuryango uzira amacakubiri n’ingengabitekerezo ya Jenoside.

    Yagize ati “Urubyiruko rufite ingufu nyinshi zikoreshejwe neza nta kabuza twagera kuri byinshi. Twe icyo dukora nk’abarezi ni ukwigisha urubyiruko inyigisho zijyanye n’amahoro kugira ngo nirujya kwigisha abandi nabo bazabigishe amahoro, urubyiruko rwumva vuba n’abihayimana baza kwigisha bahereye ku rubyiruko kandi ababyeyi babo bari batsimbaraye ku myemerere gakondo ariko izo nyigisho zakwirakwiye hose. Iyo rero igihugu cyageze kuri ibyo urubyiruko rukigishwa nta kabuza kigera kure mu bikorwa byinshi”.

    Umuyobozi w’Akarere ka Gicumbi Ndayambaje Felix, yasabye amashuri gukomeza gutanga ubumenyi ariko bakabijyanisha n’indangagaciro z’ubumuntu kuko iyo bitannye birangira n’ubumenyi batanze butaye agaciro.

    Ati “Icyo dusaba amashuri ni ugutanga ubumenyi n’ubuhanga ariko bagatanga n’ubumuntu n’indangagaciro kugira ngo abo bigishije bazatange umusanzu ufatika kuko iyo ubumenyi n’indangagaciro bitandukanyijwe birangira n’ibyo bigishije bitaye agaciro”

    Mu kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi ku nshuro ya 27 muri uyu mwaka Kaminuza y’Ikoranabuhanga n’Ubugeni ya Byumba, UTAB yifatanyije n’Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi batishoboye, babiri muri bo ibagenera ubufasha burimo ibikoresho by’isuku, ibiryamirwa, ibikoresho byo mu cyumba cy’uruganiriro, ibiribwa, imirasire y’izuba ndetse umwe muri bo yubakiwe inzu undi arayisanirwa baranorozwa.

    Hafashwe umwanya wo gucana urumuri rw’icyizere nk’ikimenyetso cy’ejo heza

    Hunamiwe inzirakarengane zisaga miliyoni zazize Jenoside yakorewe Abatutsi

    Urubyiruko rwibukijwe ko rufite umukoro wo guhashya abapfobya n’abahakana Jenoside

  • Uko Ambasaderi Antoine Anfré yirukanwe muri Niger kubera ubwoba bwa Perezida Issoufou – #rwanda #RwOT

    Umubano w’u Rwanda n’u Bufaransa wazambye kubera amateka y’ibihugu byombi, agaragaza ko u Bufaransa bwabaniye cyane Leta ya Perezida Habyarimana wayoboye u Rwanda kugera mu 1994, Leta ye ikaba yari mu mugambi wo gutegura Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

    Mu 1991, ubwo umugambi wo gutegura Jenoside wari urimbanyije, Antoine Anfré yakoraga mu Ishami rishinzwe Ibikorwa bya Afurika na Malgaches [ikirwa cya Madagascar] ryitwaga DAM rikaba ryarakoreraga i Quai d’Orsay muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga.

    Icyo gihe, uyu mugabo wari ukiri muto, yagaragaje ko u Bufaransa bukwiye kwitondera imikoranire na Leta ya Habyarimana, kuko yarimo gukora ubwicanyi bwanaje kuvamo Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

    Bitewe n’uko abari muri Leta y’u Bufaransa bari bashyigikiye Perezida Habyarimana, babonye Antoine Anfré nk’umutwaro, biza kurangira bamwikijije, bamukura muri izo nshingano.

    Si ibyo gusa kuko no mu 2015, uyu mugabo yahagaritswe mu nshingano ze nka Ambasaderi w’u Bufaransa muri Niger, nyuma y’uko Mahamadou Issoufou wari Perezida w’icyo gihugu amureze kuri Perezida François Hollande nawe wari Perezida w’u Bufaransa icyo gihe.

    Icyo Perezida Issoufou atishimiye kuri Antoine Anfré, ni uburyo uyu mugabo yatumiraga abatavuga rumwe n’ubutegetsi, no gusaba ko amatora ya Perezida yo mu 2016 akwiriye kuba mu mucyo ku buryo Perezida Hollande yanze kurakaza Issoufou nubwo mu by’ukuri nta kibazo kidasanzwe cyari gihari.

    Anfré niwe ambasaderi w’u Bufaransa wakuwe ku mirimo ye muri Niger atamaze imyaka itatu nkuko byajyaga bigenda ku bandi.

    Ambasaderi Antoine Anfré w’imyaka 58, azaba afite icyicaro i Kigali mu Rwanda, aho byitezwe ko azakoresha ubunararibonye afite ku Mugabane wa Afurika mu guteza imbere umubano w’ibihugu byombi nyuma,wahinduye washimangiwe n’uruzinduko rwa Perezida Emmanuel Macron mu Rwanda kuwa 27 Gicurasi uyu mwaka.

    Ambasaderi Antoine Anfré azahagararira u Bufaransa mu Rwanda

  • Burera: Hagarujwe ibiro 550 by’ifumbire yari igiye kugurishwa muri Uganda – #rwanda #RwOT

    Tariki ya 17 Kamena abantu bane bafatanwe ibiro 450 naho kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 19 hafashwe ibiro 100 abari bayikoreye babashije gucika inzego z’umutekano.

    Umuyobozi wa Polisi mu Karere ka Burera, Superintendent of Police(SP) Aphrodise Nkundineza yavuze ko abafashwe tariki ya 17 Kamena bavuze ko iyo fumbire bari bayihawe n’umuhinzi umwe ngo bayimujyanire mu gihugu cya Uganda bafatirwa mu nzira ari nijoro bataragerayo. Wuo muhinzi aracyarimo gushakishwa kugira ngo hamenyekane neza aho akura iyo fumbire.

    SP Nkundineza yagize ati “Hari ku mugoroba wa tariki ya 17 Kamena saa tatu umuturage wo mu Murenge wa Cyanika mu Kagari ka Kamanyana , Umudugudu wa Kabira aduha amakuru avuga ko hari abantu abonye bikoreye ibintu berekeza i Bugande. Twahise dukorana n’izindi nzego z’umutekano dufata abasore bane bikoreye imifuka turebye dusanga n’amafumbire arimo, bafatiwe mu Mudugudu n’akagari twavuze haruguru.”

    SP Nkundineza yakomeje avuga ko abo basore bamaze gufatwa bavuze ko ari akazi bari bahawe n’umwe mu bahinzi ngo bayimwambukirize bayijyane mu gihugu cya Uganda ajye kuyigurisha.

    Bavuze ko batazi aho akura iyo fumbire. Buri muntu yari yamwemereye igihembo cy’amafaranga y’u Rwanda igihumbi bamaze kuyigezayo.

    Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 19 Kamena abapolisi nanone bafashe ibiro 100 by’iyo fumbire ya nkunganire nayo yari ijyanywe mu gihugu cya Uganda ariko abari bayikoreye bikanze abapolisi bayikubita hasi bariruka.

    Umuyobozi wa Polisi mu Karere ka Burera yagaye abantu bafite ingeso mbi yo gusahura ibyo Leta igenera abaturage ngo biteze imbere mu buhizi ahubwo bakajya guteza imbere ikindi gihugu ikibabaje kurushaho ni uko bagarukana ibiyobyabwenge biza kwangiza ubuzima bw’abantu.

    Yavuze ko iriya fumbire ari iyo Leta igenera abaturage b’abahinzi kugira ngo bongere umusaruro w’ibikomoka ku buhinzi. Yabibukije ko bagomba kwirinda kujya muri kiriya gihugu cya Uganda kubera icyorezo cya COVID-19 kiriyo.

    Ati”Ikintu cya mbere dukangurira abaturage ni ukwirinda kujya muri kiriya gihugu kuko twese tuzi ibihe barimo kubera ubukana bw’icyorezo COVID-19 kiriyo. Bashobora kunyura mu nzira za rwihishwa bakajyayo bagahura n’abaturage baho bakagarukana kiriya cyorezo, babyirinde birinde gukururira akaga abaturarwanda.”

    Abafashwe bahise bapimwa icyorezo cya COVID-19 nyuma bakazashyirwa mu kato mbere y’uko bashyikirizwa Urwego rw’Igihugu rushinzwe ubugenzacyaha(RIB) rukorera muri Sitasiyo ya Polisi ya Cyanika kugira ngo hatangire iperereza.

    Itegeko nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange Ingingo ya 166 ivuga ko Umuntu wese uhamijwe n’urukiko icyaha cyo kwiba, ahanishwa igifungo kitari munsi y’umwaka umwe (1) ariko kitarenze imyaka ibiri (2) ,ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni imwe (1.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni ebyiri (2.000.000 FRW), imirimo y’inyungu rusange mu gihe cy’amezi atandatu (6) cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.

    Bamwe mu bafashwe bikoreye ifumbire ya Nkunganire bayijyanye muri Uganda

  • Urubyiruko rwo muri JCI Rwanda rwibutse Jenoside, ruhamagarirwa kunga ubumwe – #rwanda #RwOT

    Junior Chamber International ni umuryango mpuzamahanga ukorera mu bihugu bisaga 115. Mu Rwanda watangiye muri 2005 ndetse urubyiruko rugera kuri 200 nirwo rubarizwamo kugeza ubu.

    Mu ruzinduko rw’iminsi itanu mu Rwanda, Umuyobozi wungirije ku rwego rwa Afurika no muri Aziya, Zandile Makhoba yasuye urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ku Gisozi asaba urubyiruko ko ibyabaye byagejeje kuri Jenoside bitazongera kubaho.

    Yagize ati “Nyuma yo gusura uru rwibutso wumva umubabaro, nk’uko nahoze ndeba ubutumwa bw’abarokotse n’amafoto agaragaza ibyabaye bitari ibya kimuntu. Birumvikana bisaba inzira ndende kongera gufasha uwakomerekejwe n’ayo mateka, n’ubwo ibyo bikomere, akababaro n’agahinda gashobora gutera u Rwanda gukora neza, kugirirana neza no kwereka buri wese ko umukeneye. Abanyarwanda bakwiye gushingira ibyiringiro byabo mu kwigira, bakumva ko nta n’umwe uzigera abubakira ejo hazaza uretse bo ubwabo.”

    Yakomeje agira ati “Buri wese akwiye kubigira nk’inshingano guharanira ko bitazongera, bidashingiye aho duturuka by’umwihariko Abanyafurika nitwe dukwiye gufata iya mbere mu kwirinda. Mbere yo kugira icyo dukora birakwiye ko tubanza gutekereza ku ngaruka zacyo kandi nk’uko intego y’uyu mwaka ari ukwibuka twiyubaka dukeneye kumva koko ko twiyubatse. Urubyiruko rwo rukwiye kwigira kuri aya mateka kandi rufite inshingano zo kubaka u Rwanda rwiza rw’ahazaza.”

    Umuyobozi wa JCI mu Rwanda, Origene Igiraneza, yasabye urubyiruko rugenzi rwe kurushaho guharanira ubumwe no gusenyera umugozi umwe.

    Ati “Nk’Abanyarwanda kwibuka ni inshingano yacu kubera ko tuba twibuka abacu bazize Jenoside yakorewe Abatutsi akaba ari n’umwanya mwiza cyane nkatwe urubyiruko wo kongera kwitekerezaho no kwisuzuma, kudatandukira inshingano zacu no guharanira ibyiza.”

    “Icyo bitwigisha ni ukugira ngo twebwe nk’abato dushyire imbaraga cyane mu gukora ibyiza, guharanira amahoro ndetse no kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside hano mu Rwanda ndetse n’ahandi ku Isi. Kugira ngo igihugu gitere imbere n’uko twese dusenyera umugozi umwe, tugafashanya, tukubaka igihugu twese dukunze kitarangwamo intambara.”

    Umuyobozi JCI Kigali Youth, Cyuzuzo Pacifique na we yavuze ko ibikorwa byo kwibuka byongera kubigisha ko bakwiye gukorera mu bumwe nk’urubyiruko mu rwego rwo guharanira imiyoborere myiza kandi yimakaza uburenganzira bwa muntu ari nayo miyoborere yari yarabuze.

    Ibikorwa byo kwibuka byakomereje ku ikoranabuhanga mu rwego rwo kwirinda ikwirakwira ry’icyoroze cya Covid-19 baganirizwa ku buryo bwo gufasha urubyiruko kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside no gufasha abahuye n’ibibazo by’ihungabana mu bihe byo kwibuka.

    Hari hitabiriye bake mu rwego rwo kubahiriza amabwiriza yo kwirinda Covid 19

    Ubwo bahabwaga amabwiriza bari bugendereho mu gusura urwibutso

    Umuyobozi JCI Kigali Youth (uwa mbere uhereye iburyo) Cyuzuzo Pacifique yavuze ko ibikorwa byo kwibuka byongera kubigisha ko bakwiye gukorera mu bumwe

    Bakurikiranye ubuhamya bw’abarokotse Jenoside biyemeza kurandura ingengabitekerezo yayo

    Bafashe umunota wo kwibuka no guha icyubahiro abazize Jenoside yakorewe abatutsi

    Umuyobozi wa JCI mu Rwanda Origene Igiraneza yasabye urubyiruko rugenzi rwe kurushaho guharanira ubumwe no gusenyera umugozi umwe

    Zandile Makhoba yavuze ko abanyarwanda bakwiye guharanira kwiyubaka ubwabo

    Abitabiriye ni abahagarariye abandi muri uyu muryango

    Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ni rumwe mu bibitse amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 (Ifoto: Kigali Genocide Memorial)

    Amafoto: Yuhi Augustin


  • Asaga miliyari 160 Frw yashowe mu kubaka imihanda no kuvugurura imiturire mu mijyi yunganira uwa Kigali – #rwanda #RwOT

    Ibi bikorwa biri mu cyerekezo cyo guhanga imirimo mishya idashamikiye ku buhinzi no kugabanya abashakira ubuzima mu Mujyi wa Kigali.

    Muri gahunda y’Igihugu y’Iterambere [NST1], u Rwanda rwihaye intego ko mu 2024, Abanyarwanda 30% bazaba batujwe mu mijyi.

    Mu gutegura iyi mijyi hubatswe ibikorwa remezo byiganjemo imihanda, izafasha mu kunoza ubwikorezi bw’abantu n’ibintu nk’iby’ibanze mu kuzamura ubukungu.

    Imijyi yunganira uwa Kigali irimo Muhanga, Huye, Rusizi, Rubavu, Musanze na Nyagatare. Yashowemo miliyoni 100$ hubakwa imihanda na ruhurura zitandukanye.

    Muri uyu mushinga watangiye muri Kamena 2016, mu cyiciro cyawo cya mbere hagati ya Nyakanga 2016 na Ugushyingo 2018, hubatswe imihanda y’ibilometero 28,3 na ruhurura zireshya n’ibilometero 13.3; yatwaye miliyoni 28$. Icya kabiri cyubatswemo imihanda ireshya na kilometero 43.69 na ruhurura za kilometero 12.015, cyatangiye mu Ukuboza 2018, kizasozwa muri Nyakanga 2021.

    Byiyongeraho ibyo kuvugurura utujagari two mu Mujyi wa Kigali mu duce twa Biryogo ahazwi nko mu Agatare ahangana na hegitari 12,46, Kiyovu kuri hegitari 20,1 na Rwampara kuri hegitari 26,42.

    Ibi bikorwa byatangiye kubyazwa umusaruro mu gukomeza gufasha abaturage koroherwa no kubona izo serivisi bakenera mu buzima bwa buri munsi.

    Ni gahunda itari iy’ubwikorezi gusa ahubwo igamije guteza imbere umujyi mu ngeri zose cyane ko aho umuhanda ugeze ubuzima buhinduka, amazi akahagera n’amashanyarazi akaba hafi aho.

    Nyuma y’ibyiciro bibiri byakozwe muri uyu mushinga wo guteza imbere Imiturire igezweho mu gihugu (Rwanda Urban Development Project-RUDP), hagiye gutangizwa icya gatatu n’icya kane bizibanda ku kubaka imihanda mu mijyi yunganira Kigali.

    Uyu mushinga wose washyizwemo arenga miliyari 160 Frw, azakoreshwa mu kuvugurura no gushyiraho ibikorwa remezo bibereye imijyi itandatu no kuvugurura utujagari two muri Kigali hashyirwaho ibikorwa remezo binyuranye byiganjemo imihanda na ruhurura bigezweho.

    Muri uyu mushinga uri gukorerwa inyigo ya nyuma hanarebwa ahazanyuzwa ibyo bikorwa remezo, hazubakwa imihanda, gukora inzira z’abanyamaguru na za ruhurura no gucanira imihanda.

    -  Kigali yahaye umwihariko utujagari no kubungabunga ibishanga

    Muri Kigali biteganyijwe ko hazubakwa umuhanda n’ibindi bikorwa hafi na Mpazi iherereye mu Mirenge ya Gitega, Kimisagara na Rwezamenyo yo muri Nyarugenge ndetse hanashyirwe ibikorwa remezo bigamije guca intege utujagari two mu Gatenga muri Kicukiro, Nyabisindu mu Murenge wa Remera na Nyagatovu mu wa Kimironko mu Karere ka Gasabo.

    Ahantu hazatunganywa kuri Mpazi hangana na hegitari 137, Gatenga [171ha], Nyabisindu [36.5ha] na Nyagatovu [40ha].

    Muri miliyari 160 z’amafaranga y’u Rwanda, Umujyi wa Kigali wagenewe miliyoni 40.2$, mu bikorwa bizatangira mu mwaka w’ingengo y’imari ya 2021-2022.

    Mu bindi bizakorwa harimo no gutunganya neza Igishanga cya Gikondo cyahoze ari Icyanya cy’Inganda n’utundi duce twibasirwa n’imyuzure turimo Kinamba, Rugunga, Rwandex-Majerwa, Mulindi, Masaka na Gacuriro.

    Ibikorwa byo gusazura igishanga cya Gikondo n’icya Kibumba bifite agaciro ka miliyoni 12.43$. Muri Kigali gusa ubuso buriho ibishanga bungana na kilometero kare 77.

    Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, Amb. Gatete Claver, yabwiye itangazamakuru ko kugenzura imyuzure ari ingenzi kuko bifasha kubungabunga ibirimo imihanda yubatswe.

    Ati “Nta bidukikije, imihanda yacu yahita yangirika, tekereza nk’imvura iguye, amazi yose ava Mont Kigali, Jali, Rebero, uko agera hasi, niba ntacyo ukoze iyo mihanda izangirika. Niba amazi ava Magerwa i Gikondo, iyo utayahaye inzira ku buryo ashobora kugenda bizateza umwuzure.’’

    Yavuze ko u Rwanda nk’igihugu cy’imisozi, kigomba kugira ingamba zo kubungabunga amazi kuko bidakozwe yakwangiza ibikorwa remezo.

    Ati “Ni yo mpamvu muri iki cyiciro hazatunganywa Gikondo Industrial Park nk’ahahurira amazi menshi. Tugomba guhera ku musozi tuyaha icyerekezo kizima ku buryo imvura ni yo yagwa bitahungabanya ibindi bikorwa remezo.’’

    Minisitiri Gatete yavuze ko kubaka imihanda mu duce tw’utujagari bitagamije kwimura abaturage ahubwo ari uburyo bwo kubegereza ibikorwa remezo by’ingenzi.

    Ati “Ntidushaka kuvana abantu mu mijyi ngo twubake imihanda. Icyo dushaka ni uguha agaciro ibyo bakoraga. Mwabonye ko muri Kigali twashyizemo imihanda [Biryogo] ariko abantu bakomeza kuguma aho bari batuye. Bariya bantu barakenewe mu mujyi, bakora akazi kanyuranye.”

    Icyiciro cya kabiri cy’uyu mushinga (RUDP II) kizashyirwa mu bikorwa hagati ya Nyakanga 2021 na 2025. Kugeza ubu hatangiye kubarurwa imitungo ishobora kwangizwa n’imirimo iteganyijwe gukorwa.

    Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, Amb. Gatete Claver, yashimangiye ko Leta ishaka kuzamura agaciro k’ibikorwa remezo no guteza imbere abaturage

    Abatuye mu Rwabuye mu Karere ka Huye mu mwaka utaha w’ingengo y’imari na bo bazaba bagendera ku muhanda w’umukara. Aka gahanda kanyura ni ko kazashyirwamo kaburimbo guhera muri Nzeri 2021

    Imihanda ya Rwampara mu Mujyi wa Kigali yatangiye guhindura isura y’aka gace karimo akajagari. Bamwe batangiye guhabwa ibyangombwa byo kuvugurura inyubako zabo

    Mu Mudugudu wa Kiberinka mu Kagari ka Mumena hari kubakwa umuhanda mushya. Abatuye aka gace bishimira ko bawegerejwe wari ukenewe cyane

    Mu mishinga iteganyijwe mu cyiciro cya gatatu, muri Nyagatare hazubakwa imihanda irimo uwa Kinihira uzaba ureshya n’ibilometero bine na metero 500. Mu karere hose hazubakwa imihanda ya 6,7 Km

    Umuhanda unyura ku Murenge wa Rugerero ugahinguka mu Mujyi wa Rubavu uri mu izashyirwamo kaburimbo

    Aka gasantere ka Buhuru muri Rugerero mu minsi ya vuba kazaba kashyizwemo kaburimbo

    Uyu muhanda uri ahazwi nk’i Gihundwe ugana i Murangi uri mu izakorwa mu Karere ka Rusizi

    Uyu muhanda uzanyura neza kuri ADEPR Gihundwe, aho iri torero ryavukiye

    Abatuye muri Nyabisindu mu Karere ka Gasabo mu minsi iri imbere bazaba bafite kaburimbo hafi yabo

    Nyabisindu iri mu cude twatoranyijwe mu tuzashyirwamo kaburimbo kugira ngo abahatuye bafashwe kwiteza imbere

    Iki kiraro gihuza Nyabisindu na Nyagatovu kiri mu bizatunganywa neza mu kurushaho koroshya imigenderanire n’ubuhahirane

    Amafoto: Niyonzima Moïse


  • Ishusho y’ibikorwa remezo byahinduye Rusizi na Rubavu imijyi ibereye ubushabitsi (Amafoto) – #rwanda #RwOT

    Utu turere dufite umwihariko wo kuba abadutuye boroherwa no gukora ubucuruzi bwambukiranya imipaka no kubyaza umusaruro Ikiyaga cya Kivu binyuze mu musaruro w’ibinyabuzima bikirimo cyangwa ubukerarugendo bugishingiyeho kubera abagisura.

    Rusizi na Rubavu kandi binasangiye kuba biri mu mijyi itandatu iri kubakwamo ibikorwa remezo biyifasha kunganira Kigali. Utu turere twiyongera kuri Muhanga, Huye, Musanze na Nyagatare

    Gahunda yo kubaka imijyi yunganira uwa Kigali yashyizweho mu Mwiherero w’Abayobozi wo mu 2010, igamije gufasha abaturarwanda kubona serivisi z’ingenzi bakenera bitabasabye kuzishakira mu Murwa Mukuru w’Igihugu.

    Umujyi wa Rusizi uri mu imaze guhindurwa ndetse washyizemo ibikorwa remezo by’ibanze bifasha abawutuye n’abawugenda kubona ibyo bakeneye.

    Binyuze mu mushinga wo guteza imbere Imiturire igezweho mu gihugu (Rwanda Urban Development Project-RUDP), watewe inkunga na Guverinoma na Banki y’Isi, Rusizi yatangiye gusirimuka.

    Kuva mu 2016 kugeza mu 2021, hubatswe imihanda na ruhurura zitandukanye hagamijwe koroshya ubuhahirane bw’abagenda i Rusizi. Mu cyiciro cya mbere cy’uyu mushinga cyasojwe mu 2018, aka karere kubatswemo imihanda ya kaburimbo ya kilometero 5.09 ifite agaciro ka miliyari 5 na miliyoni 444 Frw mu gihe ruhurura zo zireshya na kilometero 1.854 zatanzweho asaga miliyoni 139 n’ibihumbi 958 Frw.

    Mu cyiciro cya kabiri kizasozwa muri Nyakanga 2021, i Rusizi hubatswe imihanda ya kilometero 5,7 yashowemo asaga miliyari 6 na miliyoni 529 Frw na ruhurura za kilometero 1,168 zatanzweho asaga miliyoni 344 n’ibihumbi 776 Frw.

    Imihanda yubatswe yiganje mu duce dutuyemo abantu benshi, iduhuza n’umujyi ndetse n’ahari ishoramari ritandukanye ririmo n’irishingiye ku bukerarugendo.

    Asuma Sauda ucururiza butike ku Ryakabiri muri Cité mu Mujyi wa Kamembe, yavuze ko umuhanda wubatswe muri aka gace wazanye impinduka mu bushabitsi bwe.

    Ati “Habaye heza cyane. Twarishimye, nubwo imihanda yatinze ariko igihe cyarageze iruzura. Mbere imvura yaragwaga ntidusohoke. Hano hari hameze nabi cyane.’’

    Yavuze ko nyuma y’iyubakwa ry’imihanda mishya no kuyicanira, abagana aka gace bitinyutse birushijeho.

    Muri Cité ho mu Mujyi wa Kamembe harasirimutse. Aka gace gatuwe n’umubare munini w’Abayisilamu kagenewe gukorerwamo ubucuruzi nk’uko biteganywa n’igishushanyo mbonera cya Rusizi

    Umuyobozi wa Centre Pastorale Inshuti, Padiri Bapfakurera Benjamin, yavuze ko uko imyaka yashize iterambere rya serivisi za hoteli ryazamutse.

    Yagize ati “Hoteli yatangiye gukora mu 2012, nta bikorwa remezo byari bihari. Kuhagera byari bigoye. Nyuma yo kubona umuhanda, iterambere rigenda riza kandi abakiliya bakabyishimira.’’

    Nyuma yo kubakirwa umuhanda mu 2018 hongerewe umubare w’ibyumba by’abakirwa muri iyi hoteli y’inyenyeri eshatu kuko mbere hakirwaga abantu nka 15 mu ijoro ariko ubu bazamutse bagera kuri 60.

    Umuyobozi wungirije ushinzwe Ubukungu mu Karere ka Rusizi, Kankindi Leoncie, yavuze ko ibikorwa remezo by’imihanda bikenewe.

    Ati “Ibi birafasha umujyi gukura kandi neza. Aho imihanda inyuze biha agaciro ubutaka kandi umujyi ukagenda ukura. Bituma tubona abashoramari kuko haragendeka, hanasa neza.’’

    Rusizi ifite amahirwe yo gukora ku mipaka ibiri irimo uw’u Burundi na RDC, amahirwe y’ubukerarugendo bunyuze muri Nyungwe, aho Umwami Musinga yaciriwe i Kamembe, Ikiyaga cya Kivu n’ibindi byakurura abakerarugendo.

    Imihanda mishya yubatswe mu Karere ka Rusizi iteye amabengeza. Uyu uva kuri Centre Pastorale Inshuti werekeza ku Mupaka wa Rusizi uhuza u Rwanda na RDC

    -  Rubavu imaze kugwiza amahirwe y’ishoramari

    Rubavu ibitse amahirwe atabarika y’ishoramari rishingiye ku buhahirane n’ubucuruzi bwambukiranya imipaka ya Gisenyi na Goma yo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ndetse n’ubukerarugendo.

    Aya mahirwe yarushijeho kugira icyerekezo kizima bitewe n’ibikorwa byegerejwe abaturiye aka karere.

    Mu bikorwa remezo byubatswe muri Rubavu, mu cyiciro cya mbere, hakozwe imihanda ya kilometero 3.894 yatwaye 3.736.444.165 Frw na ruhurura za metero 851 zatwaye miliyoni 528.625.476 Frw. Mu cya kabiri ho hubatswe imihanda ya kilometero 5.89 na ruhurura za kilometero 5.87 zatanzweho 6.080.011.085 Frw.

    Abacururiza mu Mudugudu w’Ihumure, Akagari ka Mbugangari mu Murenge wa Gisenyi, bavuga ko borohewe kuko ingendo zihuza uduce dutandukanye ndetse binihutisha ubwikorezi bw’abantu n’ibintu.

    Byukusenge Philémon w’imyaka 24 yavuze ko mbere washoboraga gutwara kawunga utanze 100 Frw ariko ubu igiciro cyabaye 50 Frw.

    Yagize ati “Amafaranga yari ahari. Imbogamizi zihari ni ibihe turimo [byo guhangana na Coronavirus]. Washoboraga gucuruza nk’ibihumbi 500 Frw, mu gihe gito ukaba ubonye miliyoni 1 Frw. ’’

    Mbarushimana Vianney umaze imyaka umunani ari umusuderi, yavuze ko ahageze umuhanda agaciro kaho kiyongera. Ati “Abubaka baba benshi natwe tukabona ibiraka byo gusudira ibikoresho.’’

    Imijyi ya Rubavu na Rusizi umunsi ku wundi izamurwamo inyubako zigezweho zirimo iz’ubucuruzi n’amahoteli afasha abayigana kuryoherwa n’igihe bahamara.

    Umushinga wo kubaka ibikorwa remezo mu mijyi yunganira Kigali watangiye muri Kamena 2016, mu cyiciro cyawo cya mbere hagati ya Nyakanga 2016 n’Ugushyingo 2018, hubatswe imihanda ya kilometero 28,3 na ruhurura zireshya na kilometero 13.3; yatwaye miliyoni 28$. Icya kabiri cyubatswemo imihanda ya kilometero 43.69 na ruhurura za kilometero 12.015, cyatangiye mu Ukuboza 2018, kizasozwa muri Nyakanga 2021.

    Rusizi ifite amahirwe menshi y’ishoramari

    Aho imihanda igeze n’irindi terambere riranyaruka. Rusizi iri mu turere twatangiye guhinduka neza

    Umuhanda uva ku Karere ka Rusizi ugana mu byerekezo bitandukanye birimo ahari ikigo cya gisirikare [unyuze ibumoso] n’undi werekeza kuri Stade ya Rusizi [yahoze yitwa Kamarampaka] na Gereza Nkuru ya Rusizi

    Kivu Marina Bay ni yo hoteli ifite inyenyeri nyinshi [enye] mu Karere ka Rusizi

    Centre Pastorale Inshuti ni hoteli y’inyenyeri eshatu iherereye ahazwi nko ku Kacyangugu

    Imihanda mishya yubatswe mu Karere ka Rusizi iteye amabengeza. Uyu uva kuri Centre Pastorale Inshuti werekeza ku Mupaka wa Rusizi uhuza u Rwanda na RDC

    Umuyobozi wa Centre Pastorale Inshuti, Padiri Bapfakurera Benjamin, yavuze ko iterambere rya serivisi za hoteli ryazamutse nyuma yo kwegerezwa ibikorwa remezo by’imihanda n’amashanyarazi

    Uri muri Centre Pastorale Inshuti aba yitegeye ubwiza bw’Ikiyaga cya Kivu, anumva amahumbezi agiturukamo

    Umuhanda uva mu Gatandara ugana ku Mupaka wa Rusizi I watunganyijwe neza, ushyirwamo kaburimbo. Aka gace gakorerwamo ubucuruzi bwiganjemo ubwambukiranya umupaka

    Vive Hotel and Apartments ifite inyenyeri ebyiri ibarizwa mu Karere ka Rusizi hafi y’Ikiyaga cya Kivu ahazwi nko mu Budiki

    Asuma Sauda ucururiza butike ku Ryakabiri yavuze ko nyuma yo kubakirwa imihanda mishya, ubuzima bwarushijeho koroha

    Isoko rya kijyambere rya Kamembe ryubatse mu mujyi rwagati

    Mu Mujyi wa Kamembe hazamurwa inyubako zitandukanye zijyanye n’iterambere ryifuzwa

    Imihanda yakozwe ku bwinshi. Aha ni imbere y’Umurenge wa Gihundwe ahazwi nko ku Gatolika ku muhanda uva ku Cyapa, ukanyura ku Bitaro bya Gihundwe no ku Badive

    Umuyobozi wungirije ushinzwe Ubukungu mu Karere ka Rusizi, Kankindi Leoncie, yavuze ko ibikorwa remezo by’imihanda bifasha mu kureshya abashoramari

    Rubavu ni umujyi ubereye ubucuruzi n’ubukerarugendo

    Nishimwe Marie Jeanne ukorera ubucuruzi ahazwi nka Mbugangari yavuze ko ubwikorezi bw’ibicuruzwa bworoshye kuko imodoka zisigaye zibageraho bwangu

    Mbarushimana Vianney w’imyaka 52 akaba amaze umunani ari umusuderi yavuze ko ahageze umuhanda agaciro kaho kiyongera ndetse n’akazi kakaboneka

    Byukusenge Philémon w’imyaka 24 yavuze ko mbere yo kwaduka kwa Coronavirus, imikorere yari myiza ariko iza kudindizwa n’iki cyorezo

    Mu Karere ka Rubavu hakomejwe kubakwa ibikorwa remezo by’imihanda ifasha mu buhahirane

    Ahazwi nka Byahi muri Rubavu hamaze guhinduka agasantere kihagazeho nyuma yo guhabwa umuhanda wa kaburimbo

    Imihanda yo mu Karere ka Rubavu yangijwe n’imitingito yakurikiye iruka ry’Ikirunga cya Nyiragongo igiye gutangira gusanwa

    Abakoresha ibinyabiziga batangiye gukoresha imihanda yubatswe mu mijyi yunganira uwa Kigali

    Amafoto: Niyonzima Moïse


  • AVEGA-Agahozo yahawe inkunga ifite agaciro ka miliyoni Frw 150 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Umuryango AVEGA-Agahozo ni umuryango washinzwe n’abapfakazi ba Jenoside mu 1995 ugamije kubahuriza hamwe kugira ngo bisungane, bahozanye ndetse bashobore gutangira urugendo rwo guhangana n’ingaruka zasizwe na Jenoside zirimo ibibazo by’ubuzima birimo ibikomere byo ku mubiri, abari barafashwe ku ngufu bandujwe agakoko gatera SIDA, abari bafite ihungabana no kumva ari bonyine.

    Hari ibibazo by’imfubyi nyinshi zagombaga kwitabwaho, hari imibiri myinshi yagombaga gushyingurwa, hari ibibazo by’amacumbi n’ibindi.

    Abanyamuryango ba AVEGA ndetse n’ababakomokaho bagerageje guhangana n’izo ngaruka ndetse uko imyaka ishira ni ko AVEGA igenda itera imbere, iharanira gukomeza kuba ingobyi y’ubudaheranwa ku banyamuryango ba AVEGA ndetse igira n’uruhare mu kubaka ubumwe bw’Abanyarwanda.

    Ubwo bakiraga iyi nkunga ku wa Gatanu tariki 18 Kamena 2021, umuryango AVEGA watangaje ko wishimiye kwakira inkunga y’ibikoresho byo mu biro wahawe na Banki Nyafurika Itsura Amajyambere (AfDB). Umuyobozi wa AVEGA-Agahozo Madamu Mukabayire Valérie yavuze ko ibikoresho bahawe bizabafasha kurushaho gutanga serivisi nziza ku babagana barimo abanyamuryango bayo n’abandi bagenerwabikorwa muri rusange, muri serivisi zitandukanye zirimo n’iz’ubuvuzi, ubufasha mu by’amategeko n’iterambere.

    Yavuze ko ari inkunga ikomeye mu mikorere n’iterambere ry’umuryango AVEGA kuko amafaranga yo kugura ibyo bikoresho azajya mu bindi bikorwa by’imibereho myiza y’abanyamuryango.

    Yagize ati «Ni inkunga ikomeye kuri AVEGA. Mu myaka 27 ishize byaragaragaraga ko kugura ibikoresho bijyanye n’igihe ari ngombwa ariko ukabona ko hari ibindi bibazo abanyamuryango n’abagenerwabikorwa bafite umuryango ugomba kubanza gukemura. »

    Ati « Ni ukuvuga rero ko ikibazo cy’ibikoresho byo mu biro gikemutse, ubundi bushobozi bwaboneka ni ugukomeza gushyira imbaraga mu kwiyubaka kw’abanyamuryango n’abagenerwabikorwa tubafasha mu bikorwa by’iterambere n’izindi serivisi. »

    Umuyobozi wa AfDB Madamu AISSA TOURE SARR yavuze ko ibyo bikoresho biri mu rwego rwo gufasha AVEGA kwiyubaka no gukomeza kubaka ubudaheranwa bw’abapfakazi n’abandi bagenerwabikorwa umuryango witaho. Yanavuze kandi ko ari igikorwa bakoze mu rwego rwo kubafata mu mugongo muri iki gihe cyo kwibuka ku nshuro ya 27 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

    Ati « AVEGA ikora ibikorwa by’indashyikirwa, buri wese yishimira, kubunganira bagakorera ahantu heza kandi hari ku rwego rwiza bizafasha abakozi gukora batekanye kandi ingengo y’imali bateganyaga gukoresha izifashishwa mu bindi bikorwa byo kwita ku bapfakazi ba Jenoside ndetse n’abandi bagenerwabikorwa. »

    Inkunga y’ibikoresho batanze igizwe n’intebe, ameza yo mu biro, ameza y’inama, utubati, imashini zitanga amashanyarazi n’ibindi.

  • Igitekerezo : Ubundi ni nde wabwiye abantu ko Gaz idateka ibishyimbo n’isombe? #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Aha babivuga bakumvisha ko aya makara ari ayo batekesha ibintu bikomeye nk’ibishyimbo, isombe, imvungure/impungure….Ukumva ni icyita rusange ku bantu benshi batekesha Gaz, basobanura ko ibintu bikomeye bitinda gushya bigomba gutekeshwa amakara cyangwa inkwi, n’iyo waba ufite Gaz ingana ite.

    Gaz yatangiye gukoreshwa mu Rwanda mu myaka ya 2009, ariko bizamuka cyane mu 2012, aho byiyongereye ku kigero cya 25%. Kuva mu 2012 kugeza muri 2020, ubwitabire bumaze kwiyongeraho ibirenga 50%. Ariko n’ubundi abenshi baracyabivanga kuko mu mitwe ya benshi bumva ko bagomba kugumana amakara ku ruhande, n’iyo yaba make. Aya kandi si ayo aba ateganya ko yazamugoboka mu gihe wenda Gaz yaba imushiranye ntabone uko ahita agura indi. Oya, aba ayabikiye kuyatekesha ibintu bimwe na bimwe.

    Ukumva umuntu ari kuganiriza abandi ngo amafanga ajya mu bicanwa kuri we yaragabanutse kuko asigaye acana ibiro runaka bya Gaz wenda n’igice cy’umufuka w’amakara mu kwezi. Wamubaza icyo ayo makara ayagurira, ngo ateka isombe n’ibishyimbo. Ukibaza niba byo bitekewe kuri Gaz bitashya.

    Sosiyete y’u Rwanda ishinzwe ingufu (REG) ivuga ko Abanyarwanda bagenda barushaho kwitabira gukoresha Gaz mu guteka binyuze mu bukangurambaga bakoze ku bufatanye n’izindi nzego za Leta, kugira ngo habungabungwe ibidukikije hagabanywa icanwa ry’inkwi n’amakara. Ariko niba amakara n’inkwi agiteka ibintu bikomeye, nibaza ko byanze bikunze ubwo agikoreshwa ari menshi.

    Ku bwanjye numva ibi bijyana n’imyumvire y’abantu ikiri ku rwego runaka. Gaz yateka ibintu byose n’ibishyimbo n’isombe birimo. Niba wowe Gaz y’iwawe uyitekeraho utuntu tworoshye gusa naho ibikomeye ukabishyira ku makara cyangwa inkwi, ni ikibazo cy’imyumvire yawe cyangwa cy’ubushobozi bwawe, si ngombwa rero ko ujya kumvikanisha ibijyanye n’ibicanwa ukoresha iwawe ngo uhite ubifatanya ko ufite amakara ateka ibishyimbo n’isombe…nk’aho ari ihame ko ari ko bigomba kugenda. Ubwo kandi mu gihe bakubajije icyo utekesha ntukibare mu bakoresha Gaz, ahubwo jya usubiza uti « Njyewe mbitekeraho byombi. »

    Nimureke abakoresha Gaz bakomeze abe ari yo bakoresha gusa, kuko abenshi babikora batyo usanga yarabyumvanye abandi ko ari ko babikora. Niba tubyemera ko Gaz ihendutse nibaza ko itetse n’ibyo twita ibikomeye yabiteka kandi bikoroshya igiciro n’ubundi kurushaho, kuko yo yahita ibihisha vuba bidatwaye amasaha menshi nk’akoreshwa n’amakara cyangwa inkwi.

    Iki ni igitekerezo cy’umunyamakuru Mukazayire Immaculée Youyou

  • #COVID19: Umuntu umwe yapfuye, abanduye bashya ni 469 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Uwitabye Imana ni umugabo w’imyaka 42 i Kigali, akaba yahise atuma umubare w’abamaze kwicwa n’iki cyorezo mu Rwanda uba abantu 379.

    Abantu 246,538 bamaze guhabwa doze ya kabiri y’urukingo rwa COVID-19 (AstraZeneca) barimo 52 bayihawe ku wa Gatandatu.

    Imibare y’abandura ikomeje kugaragara ko irimo kwiyongera, dore ko mbere yaho ku wa Gatanu hari habonetse abanduye bashya 451, mbere yaho na none ku wa Kane hakaba hari habonetse abarwayi bashya 422.

    Inzego zishinzwe ubuzima zisaba Abaturarwanda baba abakingiwe n’abatarakingirwa gukomeza kwitwararika birinda kwandura cyangwa kwanduza abandi icyorezo cya COVID-19, dore ko gikomeje kugaragaza ubukana mu Rwanda n’ahandi ku isi.