Tag: featured

  • Ingaruka zishobora kugera ku buzima bw’Abanyarubavu nyuma y’iruka ry’ikirunga – #rwanda #RwOT

    Iyi acide ishobora gutuma urumuri rw’izuba rutagera ku Isi neza [mu gace kegereye aho ikurunga cyarukiye], cyangwa se igatuma ahantu hakonja bitandukanye n’uko byari bimeze.

    Iyo imvura iguye ishobora kuyimanura ikangiza ubuzima bw’abantu yaguyeho, ikangiza ibihingwa cyangwa ubw’ibindi bintu bikoze mu cyuma yaguyeho, nk’imodoka, amabati n’ibindi.

    Mu 1991 ubwo ikirunga cya Pinatubo cyo muri Philippines cyarukaga, cyohereje toni zirenga miliyoni 20 z’ikinyabutabire cya dioxyde de soufre [SO2] n’utuvungu tw’ivu mu kirere muri kilometero 20 uvuye ku Isi. Ibi byateje ihindagurika ry’ikirere, ku Isi haba ubukonje bukabije kuko izi gaz zatumaga imirasire y’izuba itagera ku Isi.

    Ibi kandi byanabaye mu 1815 muri Indonesia, ubwo ikirunga cya Tambora cyarukaga. Cyateje ibibazo bikomeye mu mateka y’Isi, kuko aricyo cya mbere kugeza ubu cyahitanye abantu benshi kuko kikiruka abantu 100.000 bahise bapfa.

    Imyuka cyohereje mu kirere yatumye ubushyuhe bw’Isi bugabanukaho dogere celsius 3 ndetse na nyuma y’umwaka iki kirunga kirutse nta mpeshyi yigeze iba mu bihugu by’i Burayi na Amerika y’Amajyaruguru.

    Uretse ubu bukonje bushobora guterwa n’iruka ry’ikirunga, hashobora kugwa imvura irimo acide sulfurique kubera imyuka irimo gaz ya dioxyde de soufre iba yaragiye mu kirere nyuma y’ikirunga, ikangiza ibintu bitandukanye.

    Mu 2018 nyuma y’iruka ry’ikirunga cya Kilauea cyo muri Hawaii haguye imvura nyinshi irimo iyi acide, yangiza ibintu bitandukanye gusa abaturage bari baburiwe mbere y’igihe ko iyi mvura ishobora kugwa bituma itangiza byinshi.

    I Rubavu haguye imvura irimo acide

    Ibi byabaye muri ibi bice bitandukanye by’Isi bishobora no kuba ku banya-Rabavu kubera iruka ry’ikirunga cya Nyiragongo cyarutse tariki 22 Gicurasi ariko ingaruka zacyo zikagera no ku batuye aka Karere kuko kari muri kilometero 50 uvuye kuri iki kirunga. [Ni nko kuva Nyabugogo ukarenga gato i Nyamata.]

    Nyuma y’ibiza byinshi byakurikiye iruka ryacyo, tariki 14 Kamena 2021 muri aka Karere haguye imvura ya mbere kuva ikirunga cyaruka, igwa atari imvura isanzwe ku buryo abazi iby’ubumenyi bw’ikirere bavuze ko irimo acide Sulfurique.

    Umushakashatsi akaba n’Umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda, Dr Kalisa Egide, yavuze ko iyi mvura yaguye mu Karere ka Rubavu irimo acide ishobora kwangiza ibihingwa cyangwa igateza indwara umuntu yaguyeho cyangwa se amatungo kuko imanukana n’imyotsi ikirunga cyohereje mu kirere.

    Yagize ati “Iyo ikirunga cyohereje gaz mu kirere, hari izitinda cyane mu kirere hari n’izihita zishiraho. Rero akenshi iyo ikirunga cyohereje imyuka mu kirere hari igihe bigenda bigakora igicu bikaguma hejuru, imvura yagwa ya mazi akaza arimo ya myotsi.”

    “Imvura iguye muri Rubavu twafashe amazi ya mbere yari aguye dusanga yabaye umukara dukeka ko arimo acide yatewe n’imyuka y’ikirunga.”

    NOW: First rains after #NyiragongoEruption on 22 May 21. We collected this rainwater in #rubavu city. This could be #acidrain with high conc of SO2 produced from volcanic smog. ppl should avoid drinking or use the rainwater @REMA_Rwanda @RwandaHealth @EnvironmentRw pic.twitter.com/mHYJvOYAZb

    — Egide KALISA, PhD (@EgideKALISA) June 14, 2021

    Dr. Kalisa yavuze ko nubwo haguye imvura irimo acide, umwuka abantu bahumeka ari muzima kuko mu bipimo byafashwe byerekanye ko umwuka ari ntamakemwa kubera ko ikirunga cyarukaga kijyana muri Congo aho kuza mu Rwanda.

    Umuyobozi w’ibitaro bya Gisenyi, CSP Dr. Tuganeyezu Oreste, yavuze ko baburiye abaturage kudakoresha amazi baretse y’iyo mvura.

    Yongeyeho ati “Kugeza ubu nta muntu turabona wagize ikibazo kubera ayo mazi ariko haracyari kare ngo tumenye niba hari uwo iyi mvura yagizeho ingaruka.”

    Iruka rya Nyiragongo ryahitanye abantu 31, harimo barindwi bishwe n’amahindure n’abandi barindwi bishwe na gaz.

    Amazi ya mbere yaguye i Rubavu nyuma y’iruka ry’ikirunga yasaba n’umukara bivugwa ko yari arimo acide

  • Ghana igiye gutangiza uruganda rukora ’Chocolat’ mu Rwanda – #rwanda #RwOT

    Ghana ni kimwe mu bihugu bya mbere ku Isi bihinga cacao [imbuto zikorwamo chocolat], kuko izirenga 50% zikoreshwa ku Isi yose zituruka muri Ghana na Côte d’Ivoire.

    Uruganda iki gihugu kizatangiza mu Rwanda ruzajya ruzana cacao itunganyije neza, yaba ifu, umushongi wayo cyangwa se imbuto zayo kugira ngo zikorweho Chocolat mu Rwanda n’ibindi.

    U Rwanda na rwo ruzajya gushora imari muri Ghana, aho ruzatangiza uruganda rukora umuti wica udukoko ukozwe mu bireti, uzajya wifashishwa mu bworozi, ubuhinzi n’ibindi.

    Ghana News yatangaje ko iri shoramari hagati y’ibihugu byombi rizafasha kugabanya amafaranga yatangwaga ku bwikorezi bw’ibicuruzwa byamaze gutunganywa, ahubwo bitunganyirizwe hafi y’abaturage.

    Ubwo itsinda ry’abanyarwanda 32 barimo Umuyobozi Mukuru w’Ishami ry’Ubukerarugendo no kubungabunga za Pariki muri RDB, Kageruka Ariella, ryasuraga Ghana kuva tariki 13 kugeza 20 Kamena, impande zombi zaganiriye ku mahirwe ahari mu bihugu byombi ajyanye n’ishoramari ndetse n’ubukerarugendo.

    Kageruka yavuze ko ibihugu byombi byemeranyije ko bigiye gukora ubushakashatsi kuri izi nganda bigiye gutangiza ari urutunganya ibireti muri Ghana ndetse n’urutunganya cacao mu Rwanda.

    Yagize ati “Kugira ngo tworoshye isoko hagati y’u Rwanda na Ghana, turasaba ko aya masezerano y’ubufatanye bwo gutunganya ibi bicuruzwa ku mpande zombi yasinywa mu buryo bwihuse.”

    Ubwo itsinda ry’abayobozi ba Ghana ryagiriraga uruzinduko mu Rwanda kuva tariki 14 kugeza 20 Werurwe 2021, ibihugu byombi byemeranyije ubufatanye bushingiye ku guteza imbere ubukerarugendo mu Rwanda.

    Mu bindi byemeranyijwe harimo guteza imbere uburezi, ubugeni, ingendo, ubukerarugendo n’amahoteli, umuco n’ubuhinzi.

    Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ibyoherezwa mu mahanga ku ruhande rwa Ghana, Afua Asabea Asare, yavuze ko ubu bufatanye bw’ibihugu byombi ari itangiriro ry’urugendo mu gushaka amahirwe y’ahandi hashorwa imari.

    Ambasaderi w’u Rwanda muri Ghana, Dr Aissa Kirabo Kacyira, yashimiye iki gihugu ku bwo kwakirana yombi abanyarwanda, avuga ko igihe kigeze ngo agaciro ka Afurika gahabwe intebe, bikazatuma Isoko Rusange rya Afurika ritera imbere.

    Ibiganiro bigamije guteza imbere ishoramari n’ubukerarugendo hagati y’u Rwanda na Ghana birakomeje

    Umuyobozi Mukuru w’Ishami ry’Ubukerarugendo no kubungabunga za Pariki muri RDB, Kageruka Ariella, yavuze ko amasezerano y’ubufatanye yasinywa vuba ibikorwa bigatangira

    Mu gihe gito mu Rwanda haratangira ruganda rukora chocolat

  • Guverinoma igiye gutangaza ingengo y’imari ya 2021/2022 – #rwanda #RwOT

    Mu kwezi gushize kwa Gicurasi 2021, nibwo Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi, Richard Tushabe, yagejeje ku Nteko Ishinga Amategeko, imbanziriza mushinga y’ingengo y’imari yari iteganyijwe gukoresha muri uyu mwaka utaha wa 2021/22, yagennye ko u Rwanda ruzakoresha miliyari 3.807 Frw.

    Ni ingengo y’imari yiyongereye ku kigero cya 9,8% ugereranyije n’iyari yakoreshejwe mu mwaka uri kurangira kuko yo yari miliyari 3.464,8 Frw bisobanuye ko iziyongeraho miliyari 342,2 Frw.

    Itegeko riteganya ko abagize Inteko Ishinga Amategeko batanga ibitekerezo kuri iyo mbanzirizamushinga, ibyo bitekerezo bigashyikirizwa Guverinoma, hakagira ibishingirwaho ingengo y’imari ivugururwa nyuma igatangazwa mbere y’uko tariki 30 Kamena zigera kuko umwaka w’ingengo y’imari utangira ku wa 1 Nyakanga.

    Biteganyijwe ko muri iki Cyumweru ari bwo Minisitiri w’Imanari n’Igenamigambi, Dr Uzziel Ndagijimana azatangaza ingengo y’imari.

    Amakuru IGIHE yamenye ko hari zimwe mu mpinduka guverinoma yakoze ari nayo mpamvu habayeho gutinda gutangaza ingengo y’imari.

    Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi, Richard Tushabe, aherutse kubwira abagize Inteko Ishinga Amategeko, imitwe yombi, ko muri miliyari 3.807 Frw u Rwanda ruteganya gukoresha harimo 67% angana na miliyari 2.543,3 Frw akomoka mu mutungo w’imbere mu gihugu, ni ukuvuga mu misoro ahanini.

    Ni mu gihe inkunga z’amahanga ari miliyari 612,2Frw zingana na 16% by’ingengo y’imari yose; na ho inguzanyo z’amahanga ni miliyari 651,5 Frw zingana na 17%.

    Gahunda z’ibikorwa biteganyijwe mu ngengo y’imari ya 2021/22 zatoranyijwe hashingiwe ku buryo zifasha kugera ku ntego z’iterambere igihugu cyihaye nk’uko bikubiye muri gahunda ya Guverinoma y’imyaka irindwi ndetse no guhangana n’ingaruka z’icyorezo cya Covid-19.

    Inkuru bifitanye isano: Imiterere y’ingengo y’imari ya 2021/22: Uko izakoreshwa, imishinga migari n’ibindi

    Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Dr Uzziel Ndagijimana agiye gutangaza ingengo y’imari ya 2021/2022

  • Yiswe umusazi, gatanya n’umugabo: Ibidasanzwe kuri Agathe Habyarimana, isubyo mu mubano w’u Rwanda n’u Bufaransa – #rwanda #RwOT

    Agathe Kanziga Habyarimana w’imyaka 79, aracyari ihwa mu mubano w’u Rwanda n’u Bufaransa nyuma y’imyaka 27 icyo gihugu kigize uruhare mu gushyigikira politiki y’umugabo we Juvenal Habyarimana yagejeje kuri Jenoside yakorewe Abatutsi.

    Kanziga ni umwe mu bagore bake ku Isi basinze ubutegetsi kurusha abagabo babo babaga baburiho, aho yigaruriye ijambo rikomeye mu butegetsi bw’umugabo we guhera mu 1973 kugeza mu 1994 ubwo Habyarimana yapfaga ahanuwe mu ndege, na nyuma gato Jenoside imaze gutangira.

    Urukundo rwa Habyarimana mwene Jean-Baptiste Ntibazirikana na Kanziga Agathe mwene Gervais Magera rwatangiye mu 1963, umwaka umwe u Rwanda rubonye ubwigenge.

    Habyarimana wari Captaine mu ngabo yabengutse Kanziga wari mu myaka 20 bahuriye mu Misa, aza kumwandikira akabaruwa kasubijwe nyuma y’iminsi icyenda Kanziga avuye mu ‘masengesho ya Noveni’ nk’uko yabibwiye Televiziyo VRT yo mu Bubiligi mu 2017.

    Tariki 17 Kanama 1963 nibwo ubukwe bwa Habyarimana umuhungu w’umu-catéchiste w’i Rambura n’umukobwa w’umucuruzi wo mu Bushiru bwabaye mu cyubahiro cya gisirikare. Umuryango wa Kanziga wari wishoboye kurusha uwo kwa Habyarimana ariko kubera amapeti yagendaga yiyungikanya ku ntugu z’umukwe wabo, barushijeho kumwizera no kumwubaha mu muryango.

    Habyarimana yarushijeho kwizerwa mu butegetsi bwa Grégoire Kayibanda ari nako azamurwa mu ntera no mu myanya kugeza amuhiritse ku butegetsi muri Nyakanga 1973.

    Agathe Kanziga nawe yarushijeho kwigaragaza cyane muri Repubulika ya kabiri ubwo umugabo we yari amaze guhirika Kayibanda, umuryango we awinjiza mu nda y’ingoma bashinga ‘Akazu’ kaje kuba akarwa ko kwigwizaho ubutunzi bw’igihugu, kwikiza abashakaga kwitambika imigambi y’ubutegetsi no gutegura umugambi wa Jenoside.

    Raporo Muse yakozwe ku busabe bwa Guverinoma y’u Rwanda, igaragaza ko Habyarimana ari we wari ukuriye ‘Akazu’ kari kagizwe n’abo mu muryango we ndetse n’abandi bahezanguni b’Abahutu bo mu bice by’Amajyaruguru bafatwaga nk’inkoramutima z’ibukuru.

    Bamwe mu bantu bari bagize Akazu bakomeye harimo nka musaza wa Kanziga, Protais Zigiranyirazo wari uzwi nka Mr Z. Uyu ku myaka 35 yari Perefe wa Kibuye. Mu mwaka umwe yahise agirwa Perefe wa Ruhengeri, intara yari ifite byinshi isobanuye ku bucuruzi kuko ariho hanyuraga ibicuruzwa biva cyangwa bijya Uganda, za magendu z’amabuye y’agaciro, ubukerarugendo mu ngagi n’ibindi.

    Mr Z niwe wari igikomerezwa kurusha abandi ndetse anatinyitse mu Akazu. Uyu yaje gukora akandi gatsiko kagenzuraga hafi ubucuruzi bwose bwakoreraga mu gihugu kandi kabufitemo akaboko. Kari karimo kandi Col Elie Sagatwa wari mwene wabo wa Kanziga ndetse na Col Pierre-Célestin Rwagafilita, mubyara we.

    Muri Guverinoma ya Habyarimana mu 1973, Pierre-Célestin Rwagafilita yahise agirwa Minisitiri w’Urubyiruko. Nyuma yaje guhabwa kuyobora Gendarmerie.

    Agathe na bene wabo bakomeje gushakisha abizerwa bo kwinjiza mu Akazu, hinjizwamo abandi barimo Laurent Serubuga wavaga mu gace kamwe na Agatha ka Bushiru muri Komine Giciye waje kuba Umugaba Mukuru wungirije w’ingabo.

    Habyarimana n’umugore we mu misa

    Col Théoneste Bagosora na we wo mu Bushiru, yabaye icyegera cya hafi cy’Akazu. Niwe wahawe kuyobora ikigo cya gisirikare cya Kanombe nyuma y’urupfu rudasobanutse rwa Col Mayuya wakiyoboraga. Bivugwa ko Mayuya yishwe ku mabwiriza ya Agathe Kanziga Habyarimana kuko yashakaga kwivanga mu mikorere y’Akazu.

    Raporo Duclert ivuga ko “Akazu” cyangwa “Réseau Zéro” kari kagizwe n’abahezanguni b’Abahutu baturuka mu Majyaruguru barimo abasivile n’abasirikare bari hafi y’umuryango wa Perezida kandi batari bashyigikiye na mba ibitekerezo byo gusangira ubutegetsi mu buryo bwa demokarasi.”

    Ubwo urugamba rwo kubohora igihugu rwatangizwaga mu Ukwakira 1990, Akazu kagize uruhare mu gushinga agatsiko k’abicanyi bise ‘escadrons de la mort ‘ kari kagamije kwica abo badashaka barimo abanyapolitiki n’Abatutsi, kugira ngo barusheho kwanganisha Abahutu n’Abatutsi.

    Mu Akazu niho hacuriwe imigambi yo gushinga ibinyamakuru byashishukarizaga abahutu kwanga abatutsi birimo Radio rutwitsi RTLM n’ikinyamakuru Kangura.

    Gatanya no kwicisha umugabo we

    Kugeza ubu ntiharamenyekana abahanuye indege yari itwaye Habyarimana ariko Akazu na Agathe Kanziga bagiye batungwa agatoki kenshi, by’umwihariko kuko batari bashyigikiye ibiganiro by’amahoro bya Arusha.

    Kuri Kanziga we, kuba yari kwicisha umugabo we bari bamaranye imyaka 31 bifite indi mvano.

    Hari amakuru yagiye hanze mu 2007 ubwo Agathe yasabaga ubuhungiro mu Bufaransa yimwe kugeza n’ubu, aho umwe mu bayobozi b’u Bufaransa wari ukurikiranye iyo dosiye yavuze ko mu minsi yapfuyemo, Perezida Habyarimana yifuzaga gutandukana n’umugore we.

    Hari amakuru ko Habyarimana yapfuye yifuza gutandukana n’umugore we

    Ntabwo hasobanurwa impamvu Habyarimana yashakaga gatanya ariko birumvikana ko amakuru y’iyo gatanya yatanzwe n’umugore ubwo yashakaga ubuhungiro mu Bufaransa. Uwo muyobozi watangaje ayo makuru, yemeza ko kubera iyo mpamvu ya gatanya, Agathe na we yashoboraga kwivugana umugabo we.

    Muri Kamena 1994, Uwanyirigira Jeanne wari ufite imyaka 24 na Uwimbabazi Marie Claire wari ufite imyaka 22, abana ba Dr Emmanuel Akingeneye wari umuganga wihariye wa Habyarimana, batanze ubuhamya mu Bubiligi, bavuga inzira banyuzemo nyuma y’urupfu rw’umubyeyi wabo waguye mu ndege ya Habyarimana.

    Abo bakobwa bavuga ko ubwo amakuru y’ihanurwa ry’indege yamenyekanaga, bajyanywe mu rugo rwa Perezida bakahamara iminsi. Aho bahaboneye indi shusho ya Kanziga itandukanye n’iyo bari bazi ku mugiraneza washinze ikigo cy’impfubyi Sainte Agathe cyari giherereye i Masaka.

    Mu buhamya bwabo, bavuze ko bari kwa Habyarimana i Kanombe baje kumva amakuru y’uburyo ngo mbere y’umunsi umwe ngo Habyarimana ahanurwe mu ndege, Perezida Mobutu wayoboraga Zaïre yahamagaye Agathe amusaba kumenyesha umugabo we ngo ahindure urugendo kuko yari yamenye amakuru y’uko hari abashaka kumwicira mu ndege. Abo bana bavuga ko atabikoze kuko iyo aza kumuburira atari kujyayo.

    Raporo Duclert ivuga ko hari abantu bari bari hejuru mu butegetsi bashobora kuba baragize uruhare mu rupfu rwa Habyarimana. Hejuru ya byose hari Akazu kuko imigambi myinshi ariho yacurirwaga.

    Hari raporo y’ikigo gishinzwe iperereza ryo hanze mu Bufaransa, DGSE yo mu 1994 ivuga ko umwe mu basirikare bakuru ba FAR, yari yaravuze ko muri Mata 1994 hazaba akantu.

    Hari aho raporo igira iti “Tariki 1 Mata 1994, hari inyandiko yasinywe yemera ko ibikoresho birimo lisansi, intwaro nyinshi zivanwa mu kigo cya gisirikare cya Kanombe zijyanwa mu kigo cya gisirikare cya Kimihurura cyabarizwagamo abarindaga Perezida. Kompanyi ebyiri z’abasirikare barwanira mu kirere (zarimo abasirikare nka 300) nabo boherejwe ku Kimihurura bavuye Kanombe. Byakozwe mu bwiru bukomeye ngo batabonwa n’Ingabo za Loni zari mu butumwa bw’amahoro (MINUAR).”

    “Uwo musirikare yavuze ko uko kongerera imbaraga kwari kugamije korohereza aba GP mu Kigo cya Kanombe kugira gno bashyire mu bikorwa umugambi wabo tariki 6 Mata.”

    Umugabo amaze gupfa, ubutegetsi bwasigaye mu biganza bya Agathe

    Guhera tariki 6 Mata 1994, ubutegetsi bwasigaye mu biganza bya Kanziga n’abari mu Akazu. Nibo bari bashinzwe kugena abajya mu buyobozi, kwemeza abagomba kwicwa n’ibindi.

    Mu buhamya bw’abana ba Dr Akingeneye bageze mu rugo rwa Habyarimana mu ijoro ryo kuwa 6 Mata, bavuga ko basanze abo muri urwo rugo barubiye, bakubita agatoki ku kandi ko ‘Abatutsi’ bagomba kwishyura urupfu rw’ “Umubyeyi”.

    Bavuga ko bahageze bagasanga “Mu ruganiriro hari umugore wa Perezida, umukobwa we Jeanne n’umugore wa Ambasaderi Renzaho. Mu ruganiriro hari hari imirambo irindwi.”

    Mu mirambo yari iryamye aho, hari harimo uw’umubyeyi wabo Dr Akingeneye. Bafashwe n’ikiniga, baramwegera ngo bamuririre, Agathe Habyarimana arabihangiriza, ngo “umwanzi atavaho ababona.”

    Bati “Yongeyeho ko ahubwo natwe dukwiriye gufata imbunda nk’umuhungu we Jean Luc wari ufite imbunda ya R4. Ubwo twatangiraga gusenga, [Agathe] yatubwiye mu ijwi ryo hejuru ko dukwiriye ahubwo kujya gufasha interahamwe kwikiza umwanzi. Muri ako kanya ababikira bashiki ba Perezida bari bahageze na Musenyeri wa Kigali. Twumvise Umubikira Godelieve [mushiki wa Habyarimana] wari mu gikoni avuga ko Abatutsi bose bagomba gupfa.”

    Muri urwo rugo, Uwanyirigira na Uwimbabazi bavuga ko biyumviye Agathe Habyarimana abwira abasirikare ko ikintu cyose bashaka gukora, bagomba kubanza kumubaza. Yabivuze ubwo bamubwiraga ko bashaka kwemeza Marcel Gatsinzi nk’Umugaba Mukuru usimbura General Déogratias Nsabimana wari waguye mu ndege imwe na Habyarimana.

    Kanziga n’Akazu baza imbere cyane ku rutonde rw’abateguye bagashyira mu bikorwa Jenoside yakorewe Abatutsi

    Agathe Habyarimana n’ubu ucyemeza ko Jenoside yamenye ibyayo ageze mu Bufaransa, abana ba Dr Akingeneye bavuga ko “Tariki 7 Mata, twiboneye n’amaso yacu ko umuryango wa Perezida wabaga uri mu byishimo igihe cyose babwirwaga amakuru y’uko utavuga rumwe n’ubutegetsi yishwe.”

    Umusazi washatse gukomereza Jenoside mu Bufaransa

    Mu gihe ibihumbi by’Abatutsi bari bari kwicwa hirya no hino mu Rwanda, umuryango wa Habyarimana wabaye uwa mbere mu guhungishirizwa mu Bufaransa na mbere ya bamwe mu Baturage b’u Bufaransa bari bari mu Rwanda.

    Tariki 9 Mata ahagana saa saba z’amanywa nibwo u Bufaransa bwemeye guhungisha umuryango wa Habyarimana. Saa kumi z’umugoroba uwo munsi nibwo imodoka zitwaye Agathe Habyarimana n’umuryango we zirinzwe bikomeye zahagurutse aho bari batuye i Kanombe zerekeza ku kibuga cy’indege.

    Abantu 12 bo mu muryango wa Habyarimana binjiye mu ndege yagiyemo abandi Bafaransa 44, ihaguruka i Kigali saa kumi n’ebyiri n’iminota 15 yerekeza i Bangui.

    Tariki 13 Mata 1994, Uwari Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga Alain Juppé yabwiye Perezida ati “Umuryango wa Habyarimana kuri ubu wageze muri Centrafrique. Perezida Patassé ntabashaka. Hari uburyo bubiri, kubohereza muri Zaïre cyangwa mu Bufaransa”. Perezida Mitterrand yahise asubiza ati “Niba bashaka kuza mu Bufaransa, tuzabakira neza cyane.”

    Tariki 16 Mata, mu nyandiko Minisitiri w’Ubutwererane Michel Roussin yoherereje Minisitiri w’Intebe yagize ati “Mu nama iherutse, Perezida yasabye ko uriya muryango wakwakirwa mu Bufaransa. Iby’ingenzi byateguwe ku buryo ku Cyumweru tariki 17 Mata bafata indege ku gicamunsi. Itike y’indege izishyurwa na Minisiteri y’Ubutwererane.”

    Roussin yavuze ko bemeye gucumbikira uwo muryango muri hoteli i Paris mu gihe kitarenze amezi atatu.

    Michel Roussin kandi yavuze ko icyo gikorwa kizatwara hafi ibihumbi 250 by’amafaranga yakoreshwaga mu Bufaransa (Amayero asaga ibihumbi 38). Icyakora yavuze ko ayo mafaranga Minisiteri ayoboye ndetse n’iy’Ububanyi n’Amahanga ntayo bafite, bityo ko bagomba kwitabaza DGSE isanzwe itanga ubutabazi mu bikorwa nk’ibyo mu gihe Minisitiri w’Intebe yabyemeza.

    Hari inyandiko yabonywe yanditswe na Jean-Marc Simon wari ushinzwe imirimo y’inama y’abaminisitiri avuga ko uwitwa Bazi yemeye kwishyura ayo mafaranga.

    Umuryango wa Habyarimana umaze kugezwa mu Bufaransa, icyo gihugu cyakoze ibishoboka byose ngo n’abandi bo mu muryango we bahungishwe. Agathe amaze kugera mu Bufaransa yakomeje gushyigikira Jenoside, ibintu Mitterrand yinubiye ubwo yahuraga n’abakozi b’Umuryango Médecins sans frontiers tariki 14 Kamena 1994, aho yavuze ko uwo mugore afite ‘amadayimoni”.

    Yagize ati “Twahaye icumbi Agathe Habyarimana, ariko ni umusazi ushaka gukomeza guhamagarira abantu gukora Jenoside kuri radio zo mu Bufaransa. Biragoye kumucubya.”

    Imyaka 27 ayimaze nta cyangombwa ariko abayeho mu mudendezo

    Akigera mu Bufaransa, mu butegetsi bw’icyo gihugu hari huzuyemo benshi mu bakoranye n’umugabo we. Bakomeje kumworohereza mu ngendo, agahabwa ibyangombwa bihimbano.

    Icyo gihe kandi ibya Jenoside yakorewe Abatutsi byari bikirimo igihu ku buryo uruhare rwe muri ayo mahano rutari rwakavuzwe cyane nk’uko biri ubu. Byamuhaye uburyo bwo gukomeza gutembera isi nta nkomyi.

    Ibiro Ntaramakuru Hirondelle byatangaje ko guhera mu 1994, Agathe Habyarimana yagiye yoroherezwa gutembera mu mahanga abikesha pasiporo y’abadipolomate yahawe na Gabon mu mazina atari aye ndetse n’indi yari yarahawe n’ubutegetsi bwa Zaire ikiyoborwa na Marshal Mobutu.

    Uruhare rwe muri Jenoside uko rwakomezaga kuvugwa, u Bufaransa bwafashe umwanzuro wo kumwima ibyangombwa by’ubuhunzi. Ni ukuvuga ko imyaka 27 ayimaze mu gihugu nta byangombwa.

    Mu 2004, Agathe yegereye ibiro bishinzwe kurinda impunzi mu Bufaransa OFPRA, nyuma agana Komisiyo yita ku mpunzi na Conseil d’État, ikigo kigira Guverinoma inama ku by’amategeko. Hose yahageze asaba ko yakwemerewa ubuhungiro barabumwima.

    Ubusanzwe abandi bafatiwe mu gihugu runaka nta byangombwa, feri ya mbere bahita bapakirwa bagasubizwa mu bihugu byabo.

    Igitangaje kuri Kanziga, ni uko yanashyiriweho impapuro zo kumuta muri yombi kubera uruhare akekwaho muri Jenoside yakorewe Abatutsi, nyamara u Bufaransa bwakomeje kumukingira ikibaba.

    Mu 2010 ubwo hari hashize ukwezi Perezida Nicolas Sarkozy asuye u Rwanda, Agathe yarafashwe hakurikijwe impapuro yari yarashyiriweho nyamara yaje kurekurwa nyuma.

    Uyu mugore wahoze avuga rikijyana muri Repubulika ya Kabiri, ashinjwa by’umwihariko uruhare mu bwicanyi bwibasiye Abatutsi mu 1992, gutoza Interahamwe, gutegura umugambi wa Jenoside n’ibindi.

    Mu 2017 yatunguranye avugira kuri VRT ko radiyo RTLM bamushinja gushinga ntayo azi.

    Yagize ati “Ntabwo nzi radio RTLM, ubundi se yakoraga iki? Uzi ko ntigeze nyumva? Umukozi wanjye rimwe niwe wigeze kumbwira ko hari radio ebyiri, RTLM na Muhabura ziri guterana amagambo. Sinigeze numva iyo radio, n’umugabo wanjye ntabwo yigeze ayumva, nta mwanya nari mbifitiye.”

    Kanziga yahakanye gutegura Jenoside nubwo ibimenyetso byinshi bigaragaza uruhare rwe mu kuyitegura no kuyigerageza.

    Icyo gihe yagize ati “Twamenye buri kimwe turi mu Bufaransa, ntacyo nakubwira ku bwicanyi. Ndakubwiza ukuri ko iyo umugabo wanjye aticwa, ubu bwicanyi ntibuba bwarabaye.”

    Ubu umupira uri mu maboko ya Perezida Macron nyuma yo kwemerera i Kigali igihugu cye cyagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, no gushimangira ko nta wayigizemo uruhare ‘uzahabwa rugari mu Bufaransa’.

    Habyarimana n’umugore we mu birori ubwo bari bakiri ku butegetsi

    Kanziga ari kumwe na Papa Yohani Paul II ubwo yasuraga u Rwanda mu 1990

    Mu birori bitandukanye no mu nzinduko mpuzamahanga Habyarimana akenshi yabaga ari kumwe n’umugore we

    Agathe Habyarimana n’umuryango we bagihungira mu Bufaransa

    Raporo Muse igaragaza ko Agathe Habyarimana yakomeje gutanga amabwiriza ku bigomba gukorwa harimo no kwikiza abo adashaka nyuma y’urupfu rw’umugabo we

    Inkiko zo mu Bufaransa zagiye zitumiza Agathe Habyarimana kenshi nyamara nta na rimwe ziramuburanisha ku byaha bya Jenoside akekwaho

  • Police HC na Kiziguro zegukanye irushanwa ro Kwibuka abasportifs bazize Jenoside yakorewe Abatutsi #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Gorillas Hc mu mukino wayihuje na Nyakabanda
    Gorillas Hc mu mukino wayihuje na Nyakabanda

    Mu mpera z’iki cyumweru hari habaye amarushanwa yo kwibuka abasportifs bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994, aho by’umwihariko hibukwaga ababarizwaga mu mukino wa Handball.

    Iri rushanwa ryatangiye ku wa Gatandatu hakinwa imikino y’amajonjora mu matsinda ndetse na ¼ mu bagabo n’abagore, aho kimwe mu byatunguranye ari ugusesererwa ku ikipe ya APR HC yatsindiwe muri ¼ na ES Kigoma.

    Mu mikino ya nyuma, mu bagabo cyegukanywe na Police HC itsinze ES Kigoma ibitego 32 kuri 24, mu gihe mu bagore igikombe cyatwawe na Kiziguro SS itsinze Falcons ibitego 17 kuri 15.

    Police HC ni yo yegukanye igikombe mu bagabo
    Police HC ni yo yegukanye igikombe mu bagabo

    Mu mikino yo guhatanira umwanya wa gatatu, ikipe ya Gorillas Handball Club yari yasezerewe na Police HC yegukanye uyu mwanya itsinze Nyakabanda, naho mu bagore umwanya wa gatatu wegukanwa na UR Rukara.

    Amafoto yaranze umukino wa ES Kigoma na Nyakabanda muri 1/2

    Umukino wa Gorillas na Nyakabanda

    AMAFOTO: Muzogeye Plaisir

  • Gupfobya Jenoside warayirokotse ni ubuyobe bubi – NURC #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ndayisaba avuga ko gupfobya Jenoside warayirokotse ari ubuyobe bubi
    Ndayisaba avuga ko gupfobya Jenoside warayirokotse ari ubuyobe bubi

    Umunyambanga Nshingwabikorwa wa NURC, Fidel Ndayisaba, ubwo yatangizaga ukwezi ko kwimakaza ibikorwa by’Ubumwe n’Ubwiyunge mu karere ka Muhanga, yavuze ko gupfobya Jenoside no kuyihakana ari ibyaha bitakwihanganirwa ariko bikaba ubuyobe bukomeye igihe bikozwe n’uwacitse ku icumu.

    Yavuze ko gutangiza ukwezi kw’ibikorwa by’Ubumwe n’Ubwiyunge mu Karere ka Muhanga biri mu njyana yo kwibuka ku nshuro ya 27 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kandi ko kwimakaza amahame y’Ubumwe n’Ubwiyunge ari inzira nziza yo kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside no guhangana n’ingaruka zayo.

    Agira ati “Aya ni amahitamo meza kuba akarere karahisemo igihe cyihariye nk’uburyo bwo gusoza iminsi 100 yo Kwibuka ku nshuro ya 27 Jenoside yakorewe Abatutsi, biri mu njyana yo kwibuka dushyira imbaraga mu bumwe n’Ubwiyunge kugira ngo tubashe no komorana ibikomere bya Jenoside yakorewe Abatutsi”.

    Abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi ni ukubarwanya nta rundi rwitwazo

    Hashize igihe abakoresha imbuga nkoranyambaga zitandukanye barimo n’abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abtutsi bashinjwe ibyaha byo gukoresha izo mbuga bagakwitakwiza amacakubiri ndetse bagakurikiranwa n’ubutabera ku byaha byo gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi.

    Ibikorwa by
    Ibikorwa by’ubumwe n’ubwiyunge ni imwe mu nzira yo guhangana n’abahakana bakanapfobya Jenoside

    Komisiyo y’Igihugu y’Ubumwe n’Ubwiyunge itangaza ko ibyo ari ibyaha biri mu mujyo wo gushaka gukomeza Jenoside ari na yo mpamvu bigomba kurwanywa kabone n’ubwo uwo bigaragayeho yaba ari uwarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi.

    Ndayisaba avuga ko uburyo bwiza bwo gufasha guhangana n’ingaruka za Jenoside yakorewe Abatutsi ari ugushyira imbere amahame y’Ubumwe n’Ubwiyunge kuko ayo mahame adahinduka kandi ashyizwe imbere bitanga icyizere cy’uko Abanyarwanda bazakomeza gutsinda Jeoside n’Ingengabitekerezo yayo.

    Agira ati “Mu gihe nk’iki twibuka Jenoside ni umwanya wo guhangana n’ingengabitekerezo yayo n’ibifitanye isano na yo birimo guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, ni yo mpamvu tugomba kurwanya uwo ari we wese bigaragayeho akabibazwa n’ubutabera nta kwitwaza ko waba wararokotse Jenoside”.

    Yongeraho ati “Ubwo ni ubuyobe bubi cyane igihe uwarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi ari we urimo kuyipfobya, uwo bizagaragaraho wese ntawe uzagira icyo yitwaza ahubwo azabihanirwa n’amategeko kuko ni ibyaha bikomeye kandi bihanwa n’amategeko, ni ukwirinda no gutwarwa n’amarangamutima y’uwo yagaragayeho kuko ibyo bigamije gukomeza gukurura ibibi no gukomeretsa abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi”.

    Akarere ka Muhanga kashyizeho umwihariko wo gusobanurira abaturage amahame y
    Akarere ka Muhanga kashyizeho umwihariko wo gusobanurira abaturage amahame y’Ubumwe n’Ubwiyunge

    Bamurange Odette wigeze guhungira i Kabgayi akangirwa kuhinjira akaza kurokokera mu nkengero za Kabgayi avuga ko nawe ababazwa cyane no kubona abacitse ku icumu basigaye bitwaza imbuga nkoranyambaga mu gupfobya Jenoside.

    Bamurange avuga ko nyuma yo gusubirana ubuzima Igihugu kimaze kubohorwa ntawe ukwiye kubyibagirwa ngo agarure cyangwa ashyigikire amacakubiri hagamijwe kongera kubuza abarokotse umuteko.

    Agira ati “Kabgayi twaharokokeye turi ibihumbi 15 mu bihumbi hafi 60 byari byahahungiye, twasubijwe ubuzima, ndanenga kandi ngasaba ko uwo ari we wese ukomeje guhembera ingengabitekerezo ya Jenoside atareberwa. Ntabwo kuba waracitse ku icumu ari ishema, ntabwo kwitwa uwacitse ku icumu ari Diporome, n’ubwo twarokotse ntawe ukwiye gukomeza kudukomeretsa”.

    Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga, Kayitare Jacqueline, avuga ko hari bikorwa bitandukanye bigamije kwimakaza amahame y’Ubumwe n’Ubwiyunge nka bumwe mu buryo bwo gukomeza gushimangira ubunyarwanda.

    Ibyo bikorwa birimo igicaniro cy’Ubumwe n’Ubwiyunge aho abarinzi b’Igihango bazagabirwa inka, gukomeza kubaka amazu y’ubumwe n’ubwiyunge, gusura abafungiye Jenoside yakorewe Abatutsi, no kuremera abacitse ku icumu rya Jenoside batishoboye.

    Avuga ko muri rusange Abanyarwanda bakwiye guhera ku babyiruka babaha amakuru nyayo y’amateka yaranze igihugu kugira ngo bazahore basigasira ubumwe bwagezweho.

    Inzu y
    Inzu y’Ubwiyunge yubakiwe uwarokotse Jenoside wari umaze imyaka 27 acumbitse

    Avuga ko ibikorwa byimakaza amahame y’Ubumwe n’Ubwiyunge bizarushaho gutuma abatuye Akarere ka Muhanga barushaho kunga ubumwe kandi ko abaturage babyumva kuko bagira uruhare muri ibyo bikorwa.

    Ibikorwa byo kwimakaza amahame y’Ubumwe n’Ubwiyunge bizamara ukwezi kose kwa Kamena 2021, hatangwa ibiganiro, hakazanashyingurwa mu cyubahiro imibiri y’abazize Jenoside yabonetse hirya no hino mu Karere ka Muhanga.


  • Gatsibo: Umusore w’imyaka 20 biravugwa ko yitabye Imana ashimisha umukunzi we #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Umuyobozi w’akarere ka Gatsibo Gasana Richard avuga ko uwo musore yakiriye umukunzi we aho akodesha barishimisha nyuma arapfa.
    Ati”Simbizi neza ariko numvise ko umuhungu yapfuye. RIB iracyakurikirana umukobwa kugira ngo hamenyekane intandaro y’urupfu rw’uwo musore w’imyaka 20.”

    Umuyobozi w’akarere ka Gatsibo, Gasana Richard avuga ko hataramenyena ikishe uwo musore ari na yo mpamvu RIB ifite ukekwaho urupfu rwe.
    Yagize ati “Umukobwa bari kumwe mu buriri, ibindi bikazaboneka mu iperereza ryatangiye.”

  • Kuba bavuga bakumvwa, ibanga abanyamadini bakwiriye kwifashisha mu guhangana n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina – #rwanda #RwOT

    Byatangajwe kuri uyu wa Gatandatu ubwo Umuryango Rwanda Religious Leaders Initiative wahuguraga bamwe mu bayobozi b’inzego z’ibanze n’abanyamadini bo mu Karere ka Kicukiro ku guhangana n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina.

    Umuyobozi Mukuru w’Imirimo rusange mu Karere ka Kicukiro, Murenzi Donatien, yavuze ko gukorana n’abanyamadini mu guhashya ihohoterwa rishingiye ku gitsina byitezweho umusaruro kuko bumvwa cyane n’abayoboke babo kurusha abandi bose.

    Ati “Ikintu kijyanye no kurwanya ihohoterwa gikwiriye kuba nk’insanganyamatsiko mu nyigisho zabo za buri munsi aho bateraniye ku Cyumweru, ku wa Gatandatu, ku wa Gatanu kikavugwa kandi bakagira uruhare rwo kumanuka bakaganira ku ihohoterwa kuko abenshi bararihisha. Umugore baramukubita mwahura mu gitondo ati nasekuye inkingi, mwahura ijisho ryabyimbye ati naguye.”

    “Niba imvura igwa umuntu akagenda yitwikiriye urukoma, akajya mu rusengero ajyanye amaturo akayatanga ntawe umwirutse inyuma, ni ukuvuga ngo n’icyo bababwira cyose bacyumva.”

    Pasiteri Mukiza Joas wo mu Itorero Angilikani muri Paruwasi ya Kicukiro, yavuze ko na we yavuze ko amadini afite uruhjare runini mu guhashya ihohoterwa rikorerwa mu muryango n’irishingiye ku gitsina.

    Ati “Twibwira ko iri hohoterwa turirwanyije rishobora gucika cyane cyane twifashishije abayobozi b’imiryango ishingiye ku myemerere. Abo twita abanyamdini ni bo baturage b’iki gihugu, nidufatanya rero tuzagerageza kubungabunga umuryango Nyarwanda.”

    Pasiteri Mukankumburwa Angelique wo muri EPR, Paruwasi ya Kanombe yavuze ko amadini akwiriye kongera imbaraga mu nyigisho zihabwa abangavu, kugira ngo bamenye uko bitwara mu gihe hagize ushaka kubakorera ihohotera rishingiye ku gitsina.

    Ati “Mu bigaragara hari uruhare rureba Abanyarwanda twese ari narwo rukomeye kuko Leta yo ibikoraho buri munsi ishakisha icyatuma ihohoterwa rihagarara, navuga ko uruhare runini rufite umuryango. Abana bageze mu bwangavu nabo bakwiriye guhabwa inyigisho zo kwirinda kugira ngo batagwa mu ihohoterwa.”

    Rwanda Religious Leaders Initiative imaze iminsi mu bukangurambaga bugamije gushishikariza abanyamadini kugira uruhare rufatika mu gukoresha umwanya bafite mu gufasha Leta guhangana n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina.

    Ijambo abanyamadini bafite ku bayoboke babo ryagaragajwe nk’ibanga mu guhangana n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina

    Abanyamadini biyemeje gukoresha umwanya bafite mu guhangana n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina

  • Perezida Kagame yaganiriye n’Umuyobozi wa Wilmar International yitegura kwinjira ku isoko ry’u Rwanda – #rwanda #RwOT

    Ibiro bya Perezida w’u Rwanda (Village Urugwiro) bibinyujije kuri Twitter byavuze ko Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Kuok Khoon Hong uyobora Wilmar International ku Isi, ndetse na Teklay Teame uyobora Simba Supermarket kuri uyu wa 20 Kamena 2021.

    Muri uru ruzinduko kandi Kuok Khoon Hong yari aherekejwe Santosh Pillai uhagarariye Wilmar International muri Afurika.

    Village Urugwiro ntiyigeze itangaza ibyo Perezida Kagame yaganiriye n’aba bayobozi b’ibi bigo by’ishoramari bikomeye ku Isi, Gusa Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB) rubinyujije kuri Twitter rwavuze ko Wilmar International ishaka kwinjira ku isoko ry’u Rwanda.

    RDB yatangaje ibi nyuma y’ibiganiro Kuok Khoon Hong yabanje kugirana n’Umuyobozi Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB) Clare Akamanzi mbere yo guhura na Perezida Kagame.

    Mu byo Clare Akamanzi yaganiriye n’uyu muyobozi ngo harimo uko ikigo ayoboye cyashora imari mu bijyanye n’inganda ndetse no gutunganya umusaruro ukomoka ku buhinzi.

    Wilmar International Limited ni kimwe mu bigo bitunganya umusaruro w’ibikomoka ku buhinzi gikomeye muri Aziya, ndetse kugeza ubu ni kimwe mu bigo binini biri ku isoko ry’imari n’imigabane rya Singapore. Iki kigo gitunganya amavuta ava mu mikindo, isukari, umuceri n’ifu z’ibinyampeke zitandukanye.

    Iki kigo kandi gikora ubucuruzi bw’ifumbire mvaruganda n’amazutu ikomoka ku bimera, margarine na mayonnaise. Biturutse muri iyi mirimo mu 2019 iki kigo cyinjije miliyari 42$ zirimo miliyari 1,29$ y’inyungu. Kugeza mu 2014 iki kigo cyakoreraga mu bihugu 13 bya Afurika birimo Ghana na Afurika y’Epfo.

    Perezida Kagame yaganiriye na Kuok Khoon Hong uyobora Wilimar International

    Kuok Khoon Hong yagiranye ibiganiro byihariye n’Umuyobozi Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere, RDB, Clare Akamanzi

  • Kamonyi: Abana bakoreshaga amasaha atatu bajya kwiga begerejwe amashuri – #rwanda #RwOT

    Mu gukemura icyo kibazo hubatswe amashuri mashya mu tugari hafi yabo ndetse hongerwa n’ibyumba by’aho yari asanzwe adahagije mu rwego rwo kugabanya ubucucike.

    Umunyamakuru wa IGIHE yasuye Ishuri ribanza rya Birembo riherereye mu Mudugudu wa Kabere mu Kagari ka Mpushi mu Murenge wa Musambira.

    Iryo shuri rishya ryubatswe mu 2020 kuko muri ako gace nta shuri ryahabaga bigatuma abana bajya kwiga kure bakoze urugendo rw’amasaha arenga atatu. Kugeza ubu rifite ibyumba 11, ryigamo abanyeshuri 534 mu mashuri abanza n’abandi 46 biga mu ishuri ry’incuke. Batangiye kuryigamo muri Mutarama 2021.

    Umuyobozi wungirije w’Ishuri ribanza rya Birembo, Mukundimana Dative, avuga ko kuryubaka mu Mudugudu wa Kabere byaruhuye abana bakoraga urugendo rurerure.

    Ati “Bigaga hirya no hino mu bigo bitandukanye, abenshi bakoraga urugendo rwa kilometero eshatu bagiye kwiga. Kuri ubu uturuka kure aje hano akora urugendo rwa kilometero imwe ariko abaturuka hafi bagenda nka metero 100 cyangwa 200.”

    Irakoze Kevin wiga mu Mwaka wa Gatandatu kuri iryo shuri ribanza avuga ko yakoraga urugendo rw’amasaha atatu aturutse mu Kagari ka Kivumu akagera ku ishuri yakererewe bikanagira ingaruka ku masomo ye.

    Ati “Narazindukaga mu gitondo saa Kumi nkagera ku ishuri saa Moya zarenze nkasanga abandi barangije étude (gusubiramo amasomo) bigatuma niga nabi kuko nabaga nananiwe. Ubu niga hafi kuko nkoresha iminota itanu nkaba ngezeyo.”

    Undi munyeshuri na we wajyaga kwiga kure ni Ugirumurera Marie Grace wo mu Kagari ka Kivumu, wakoraga urugendo rw’amasaha arenga abiri agana ku ishuri.

    Ati “Nageraga ku ishuri nakererewe bakankubita, nkiga nabi ku buryo numvaga ibyo kwiga nabireka. Ubu ishuri baritwubakiye hafi kandi bimfasha kwiga neza kuko ntagikererwa.”

    Mu Murenge wa Karama naho bamwe mu banyeshuri biga ku Ishuri ribanza rya Raro bashimira ubuyobozi bwabubakiye amashuri hafi kuko mbere bajyaga kwiga bibagoye.

    Umugiraneza Diane ati “Tukiga i Bunyonga twageraga ku ishuri twananiwe cyane, n’ibyo mwarimu yigishaga ntitubyumve kubera kunanirwa. Ubu rero turimo kwiga hafi yacu, urugendo rwaragabanutse kandi n’amasomo turayakurikira neza turumva tuzanatsinda kuruta mbere kuko nta bibazo tugihura nabyo mu nzira.”

    Umuyobozi wungirije ushinzwe Imibereho myiza y’Abaturage mu Karere ka Kamonyi, Uwamahoro Prisca, avuga ko mu mwaka w’imihigo wa 2020/21 bubatse ibyumba by’amashuri 663 harimo ibigera kuri 229 byubatswe ku nguzanyo ya Banki y’Isi n’ibindi 434 byubatswe hifashishijwe ingengo y’imari ya Leta.

    Muri iyo gahunda hubatswe ibigo by’amashuri bishya 21 mu rwego rwo kwegereza abana amashuri aho batuye kugira ngo badakora urugendo rurerure bajya ku masomo. Hubatswe n’ubwiherero 962.

    Ubuyobozi bw’Akarere ka Kamonyi buvuga ko kuri ubu hari gushakwa uko kuri ibyo bigo by’amashuri bishya hagezwa amazi meza n’amashanyarazi kugira ngo abanyeshuri bige neza bafite ibikenewe byose.

    Abana bo mu Karere ka Kamonyi bajyaga kwiga bagenze amasaha atatu bishimira ko bubakiwe amashuri hafi

    Umuyobozi wungirije w’Ishuri ribanza rya Birembo, Mukundimana Dative, avuga ko kuryubaka mu Mudugudu wa Kabere byaruhuye abana bakoraga urugendo rurerure

    Iri shuri rishya ryubatswe mu 2020 mu Mudugudu wa Kabere kuko muri ako gace nta shuri ryahabaga bigatuma abana bajya kwiga kure bakoze urugendo rw’amasaha arenga atatu

    Ishuri ribanza rya Birembo riherereye mu Mudugudu wa Kabere mu Kagari ka Mpushi mu Murenge wa Musambira

    Kugeza ubu rifite ibyumba 11, ryigamo abanyeshuri 534 mu mashuri abanza n’abandi 46 biga mu ishuri ry’incuke

    [email protected]