Tag: featured

  • Gicumbi: Abana babiri bari mu gihirahiro nyuma y’aho nyina abatekeye umutwe akabacika – #rwanda #RwOT

    Ubu buzima ni bwo babayemo umunsi ku wundi nyamara siko byahoze, kuko bari basanzwe batuye muri Uganda n’ababyeyi babo baza kugira ibyago se arapfa umuruho utangira ubwo.

    Bavuga ko nyuma y’urupfu rwa se nyina yababwiye ko bakwiye kujya mu Rwanda kuko ari ho akomoka, gusa yaje kubasiga ababwiye ko agiye kubikuza amafaranga barategereza baraheba.

    Mu kiganiro bagiranye na Radio 1, bavuze ko bavanye na nyina i Kampala bagiye kuba mu Karere ka Gicumbi bahageze nyina abasiga mu icumbi bari bahawe
    n’umukecuru wabakiriye, ababwira ko agiye kubikuza amafaranga ariko baramutegereza baraheba maze wa mukecuru yimutse bigira mu muhanda.

    Umwe yagize ati “Twabaga muri Uganda papa ararwara, arapfa, mama aravuga ngo sinabasiga i Kampala mwenyine, atuzana ino aha adushyira ahantu mu nzu aravuga ngo agiye kubikuza kugeza n’ubu ntaragaruka.”

    Yakomeje avuga imibereho iteye agahinda babamo mu buzima bwa buri munsi, asaba ubuyobozi bw’akarere kubafasha bakabona aho kuba.

    Umuyobozi wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage mu Karere ka Gicumbi, Mujawamariya Elisabeth, yabwiye IGIHE ko ikibazo cy’aba bana batari bakizi ariko kigiye gukurikiranwa bagashakirwa aho kuba bagasubizwa no mu ishuri.

    Ati “Icyo kibazo ntitwari tukizi kuko hari abana baba bari mu muhanda, ubu rero tugiye kugikurikirana tureba niba nta muryango bafite tubashakire uko babaho. Bagomba no gusubira mu ishuri ubwo ni uburenganzira bwabo.”

    Abana bajya mu buzima bwo mu muhanda usanga kenshi baba bafite ibibazo byo mu miryango bakomokamo, iyo badakurikiranwe bakuza ingeso mbi zangiza ahazaza habo n’ah’igihugu muri rusange.

    Inyubako y’Ibiro by’Akarere ka Gicumbi

  • Abarangije amasomo muri Davis College and Akilah bashimiwe umurava wabaranze no mu bihe bya COVID-19 – #rwanda #RwOT

    Umuhango wo gutanga izi mpamyabumenyi wabaye kuri uyu wa 18 Kamena 2021. Ni umuhango witabiriwe n’abanyeshuri bake bari bahagarariye abandi mu rwego rwo kwirinda icyorezo cya COVID-19.

    Abanyeshuri bahawe impamyabumenyi ni abasoje amasomo mu mwaka w’amashuri wa 2020 muri Akilah Institute, rimwe mu mashami agize Davis College and Akilah rifite umwihariko w’uko ryigwamo n’abakobwa gusa.

    Perezida wa Davis College w’agateganyo, Paul Swaga yavuze ko aba banyeshuri barangije amasomo yabo, kaminuza ibizeyemo ubushobozi bwo guhangana ku isoko ry’umurimo.

    Ati “Mbitezeho byinshi cyane kubera ko twabateguye neza kandi ndabizi ko bagiye guhindura aho ariho hose bazakorera kandi ndagira ngo mbabwire ko hari abafite imishinga bagiye gukoraho kugira ngo ive mu bitekerezo ijye mu bikorwa. mbitezeho cyane.”

    Swaga yakomeje avuga ko yizeye ko abakobwa bahawe impamyabumenyi bazagira uruhare mu guhindura ubuzima bwa bagenzi babo.

    Ati “Nk’uharanira uburenganzira bw’abagore n’abakobwa kandi nziko bagiye guhindura ubuzima bwa bagenzi babo bari hanze batigeze bagira amahirwe yo kuza muri Davis College na Akilah kwiga. Nibatangira ibikorwa byabo by’ubucuruzi buto bazabasha guhindura ubuzima bw’abandi bagore bari aho batuye binyuze mu buryo bwo kubafasha kubona icyo bakora bakinjiza amafaranga.”

    “Ku bazakorera mu bigo batandukanye biri hano hanze bazabasha kugira ibyo bahindura kuko muri Davis College na Akilah duha abanyeshuri bacu ubumenyi bwose bakeneye.”

    Elisabeth Dearborn Davis uri mu bashinze Davis College and Akilah wanakurikiranye uyu muhango wo gutanga impamyabumenyi yifashishije ikoranabuhanga, yashimiye aba banyeshuri uburyo baranzwe no kunga ubumwe no mu bihe bya COVID-19.

    Ati “Mwerekanye ko mufite imbaraga no kudahungabana mwakomeje gukundana no gufashanya hagati yanyu muri ibi bihe biteye ubwoba ndetse murakura mu bijyanye n’ubuyobozi no kuzana impinduka, uyu wabaye umwaka w’impinduka kuri twese.

    Turabashimira ko mwakomeje guhatana no mu bihe bikomeye

    Umunyabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi Ushinzwe Amashuri y’Imyuga n’Ubumenyengiro, Irere Claudette wari n’umushyitsi mukuru muri uyu muhango yashimiye aba banyeshuri basoje amasomo yabo kubera ukuntu bakomeje kurangwa n’umurava no mu bihe bya COVID-19.

    Yagize ati ” Wabaye umwaka ukomeye kuri twe ndetse uba umwaka ukomeye kurushaho ku rwego rw’uburezi by’umwihariko nk’uko mwese mubizi. Kubasha guhagarara aha mwishimira uyu muhango wo gutanga impamyabumenyi mu buryo bw’ikoranabuhanga kuri benshi muri twe bisa n’ibidasanzwe, mwarakoze cyane ku bwo gukomeza guhatana no gutuma twese tunyurwa n’ibyo mwakoze.Ku buyobozi bwa Davis College and Akilah mwarakoze gufasha abasoje amasomo yabo muri ibi bihe bishobora kuba ari bimwe mu bikomeye.”

    Nirere yashimiye Davis College and Akilah kubera uburyo yakomeje gufasha abanyeshuri bayo kwiga mu bihe bya COVID-19 hifashishijwe ikoranabuhanga.

    Ku ruhande rw’abahawe impamyabumenyi bavuze ko ari ibyishimo bikomeye kuba babashije gosoza amasomo nyuma y’ibihe bikomeye banyuzemo.

    Iqra Naeem yagize ati “Ndumva nishimye cyane, ndumva nezerewe kuko tubigezeho, ndibuka ibintu bikomeye twanyuzemo, amajoro twamaze tutaryama ndishimye kandi ndumva nejejwe na bagenzi banjye barangije amasomo.”
    Ibyavuzwe na Iqra Naeem byunzwemo na Mari Grace Ishimwe wavuze ko muri Akilah Institute yahakuye ubumenyi buzamubera impamba.

    Ati “Bwa mbere nkihagera narishimye cyane kuko naje kubona ko ari ahantu heza hatandukanye n’izindi kaminuza. Nabashije kwigira, mbasha gutinyuka ndenga abavuga ko umukobwa atakwiga ikoranabuhanga ariko naje kubasha kujya ku isoko ry’umurimo ubu nkaba ndi guhatana nabo.”

    Yakomeje avuga ko ubumenyi yahawe buzamufasha guhangana ku isoko ry’umurimo kandi akitwara neza.

    Ati “Batwigishije gutinyuka no kureba kure no gusesengura ibiri hanze ugamije gushaka igisubizo wazana ku bibazo bihari, nka njye wize ikoranabuhanga hari ibisubizo byinshi nshaka kuzana kandi niteguye guhatana n’abandi bari ku isoko kandi nizeye ko bizagenda neza.”

    Kuva muri Mutarama 2010 Akilah Institute for Women yashingwa, ni ku nshuro ya munani itanga impamyabumenyi ku bayirangijemo. muri Nzeri 2020 iri shuli ryigisha abakobwa ryaje kunguka irindi ryigisha abahungu n’abakobwa rizwi nka Davis College, guhera iki gihe byose bifata izina rya Davis College and Akilah.

    Uyu muhango witabiriwe n’abanyeshuri bake mu rwego rwo kwirinda COVID-19

    Mari Grace Ishimwe wavuze ko muri Akilah Institute yahakuye ubumenyi buzamubera impamba

    Abandi banyeshuri bakurikiranye uyu muhango bifashishije ikoranabuhanga

    Abanyeshuri bitwaye neza kurusha abandi bagenewe ibihembo

    Perezida wa Davis College w’agateganyo, Paul Swaga yavuze ko aba banyeshuri barangije amasomo yabo, kaminuza ibizeyemo ubushobozi bwo guhangana ku isoko ry’umurimo

    Iqra Naeem yavuze ko yishimye kurangiza amasomo ye nyuma y’igihe kinini yamaze yiga cyane

    Umunyabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi Ushinzwe Amashuri y’Imyuga n’Ubumenyengiro, Irere Claudette yashimye aba banyeshuri kubera umurava wabaranze no mu bihe bya COVID-19

    Ababyeyi bari bitabiriye umuhango wo kurangiza amasomo kw’abana babo

  • Ange Kagame yasangije ababyeyi ibyafasha mu kubaka ubwonko bw’abana babo – #rwanda #RwOT

    Ange Kagame ni umukobwa rukumbi wa Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame. Muri Nyakanga 2019 ni bwo yashyingiwe, maze ku wa 19 Nyakanga 2020 yibaruka umukobwa w’imfura ye.

    Ntabwo akunze kugaragara mu itangazamakuru, gusa yifashisha imbuga nkoranyambaga ze, cyane cyane Twitter, agasangiza abarenga ibihumbi 276 bamukurikira ibitekerezo bye ku ngingo zinyuranye.

    Mu mashusho yashyizwe hanze n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Bana, Unicef, ishami ry’u Rwanda; uyu mubyeyi yasangije bagenzi be amasomo y’ingenzi bakwiriye kwitaho, yafasha mu mikurire y’ubwonko bw’umwana.

    Ange Kagame yavuze ko imyaka ya mbere y’ubuzima bw’umwana ari ingenzi kuko ari yo igena imikurire ye.

    Ati “Imyaka ya mbere y’ubuzima bw’umwana ni ingirakamaro kubera ko ibyo ahura na byo n’imibanire ye n’abandi bantu b’ingenzi kuri we, ari bimwe mu bigena imikurire y’ubwonko bwe.”

    Yavuze ko ibi birenga gukura gusa, ahubwo bikagira n’ingaruka ku myigire y’umwana. Ati “Uyu musingi wo mu myaka ya mbere kandi ugira ingaruka ku buzima bw’umuntu bwose ari mu myigire, imigenzereze, imiterere ndetse n’ubuzima bwo mu mutwe.”

    Mu gufasha abana mu bijyanye n’imikurire y’ubwonko bwabo, Ange Kagame yavuze ko ababyeyi bakwiye kugira umwanya wo gukina n’abana babo kandi bakamenya ko kubikora ari ngombwa.

    Ati “Abana bahora bakina kandi bakigira mu mikino. Indi mibanire n’abandi ibafasha mu mikurire, ariko kamere y’umwana ni cyo gikorwa cy’ibanze, birumvikana ko niba umwana atabonye indyo yuzuye, cyangwa akaba adafite ubuzima, bizamugora gukina.”

    “Umwana atangira gukina akivuka. Mu ntangiriro, impinja zivumbura ibigize ubuzima zikoresheje ingingo z’ibyiyumviro. Gukina bituma umwana abasha kwimenya, akamenya n’abandi. Nyuma, impinja zigenda zivumbura ibintu biri hafi yazo.”

    Ikindi ngo gifasha umwana mu mikurire y’ubwonko bwe ni uko ababyeyi bamufasha binyuze mu cyitwa “kwigana”.

    Ati “Icy’ingenzi ababyeyi bashobora gukora mu gufasha ubwonko bw’umwana gukura neza harimo kumenya umwana, kumusobanukirwa cyangwa gusobanukirwa ibyo akenera ndetse no kongera ubusabane bw’umwana nk’uko abahanga babyise ubusabane bwo kwiganana”.

    Yuvuze ko kwigana ari nk’umukino. Akamaro k’ubwo busabane ni uko umwana agusekera, agakora ikimenyetso, noneho umubyeyi cyangwa se undi muntu mukuru umwegereye akamwigana akora ibyo umwana yatangiye akora.

    Ati “Urugero, umwana uvugije urusaku, umubyeyi na we aramwigana. Umwana yatunga agatoki ku kintu, umubyeyi na we akareba aho umwana amweretse ndetse na we agatungayo urutoki. Aha ni ho bishingira ko mwese mujya muri icyo gikorwa icyarimwe.”

    Yabwiye ababyeyi kandi ko kwiganana atari ibintu bihita byikora iyo ukibigerageza bwa mbere ariko yemeza ko uko ugenda ubikora, birushaho kuba byiza ku mpande zombi, ni ukuvuga ku mwana no ku mubyeyi.

    Ange Kagame yavuze ko gukina bifasha umwana kuba yavumbura ibintu bishya kuko uko agenda akina ari nako agenda yiyubakamo ubushobozi bwo gusobanukirwa byinshi bishya.

    Ati “Kuri buri mwana muto, ni byiza ko ibintu byose by’ingenzi abyiga binyuze mu mikino. Gukina ni ukuvumbura, gukina, ni ukugerageza ibintu, mu kugerageza ikintu kimwe ubona n’ikindi gishoboka. Gukina ni ukugerageza kwiyubakamo ubushobozi bwo gusobanukirwa uko Isi iteye.”

    Ange Kagame kandi yavuze ko mu myaka ibiri ya mbere y’ubuzima, umwana yiga ku buryo bubiri bw’ibanze. Gusa ngo ku ruhinja ruto, icyitabwaho ni ubusabane n’umubyeyi, kureba no gukoresha amajwi.

    Ati “Ubwa mbere, ni ugukina n’abantu bakuru. Abana bakunda kurebera ku byo abantu bakuru bakora. Umuntu mukuru ugendagenda, uririmba, useka cyangwa ubabwira inkuru. Ni ingenzi kandi ko ababyeyi bombi, umubyeyi w’umugabo n’umugore bakina n’umwana wabo.”

    Ange Kagame yavuze ko ubundi buryo bwa kabiri ari na bwo bw’ingenzi bubaho igihe umwana akinisha ibintu binyuranye n’iyo akina n’abana bo mu kigero cye.

    Yavuze ko ku babyeyi by’umwihariko gukina bishobora gukorwa mu gihe bari konsa cyangwa barimo kugaburira umwana, igihe cyo kumuhindurira imyenda cyangwa se igihe cyo kumwuhagira.

    Ati “Ibi byose ni ibikorwa by’ubusabane no kwiga hagati y’abana n’abantu bakuru. Ababyeyi bakwiye kwiyumvisha ko iyo usekeye umwana akagusubiza udakwiye kugarukira aho ahubwo ukomerezaho mugakina, icyo gihe uba wubaka imikoranire hagati y’ingirangingo zigize ubwonko bw’umwana.”

    Ange Kagame nyuma yo kwibaruka imfura, yavuze ko magingo aya ari umubyeyi “unyuzwe”.

    Ubu butumwa bwe bujyanye no kwita ku buzima bw’umwana, buhuye na gahunda igihugu cyimakaje yo gukuza imibereho y’umwana cyane mu myaka y’ubuto bwe, ku buryo akura ameze neza mu gihagararo no mu mitekerereze.


  • Musanze: Abagore baranenga bagenzi babo bijanditse muri Jenoside yakorewe Abatutsi #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abitabiriye umuhango wo kwibuka bunamiye inzirakarengane zazize Jenoside
    Abitabiriye umuhango wo kwibuka bunamiye inzirakarengane zazize Jenoside

    Ibyo babitangarije mu muhango wabereye mu Karere ka Musanze ku wa kane tariki 18 Kamena 2021, wo kwibuka abagore n’abana bazize Jenoside yakorewe Abatutsi, wateguwe n’abagize Urugaga rw’Abagore rushamikiye ku muryango RPF Inkotanyi bo mu Murenge wa Muhoza.

    Mukamulisa Aurelie, ukuriye urwo rugaga mu Murenge wa Muhoza yagize ati “Tubabazwa cyane n’uko hari abagore batwambitse icyasha bijandika mu bikorwa byo kwica Abatutsi mu gihe cya Jenoside yabakorewe. Burya umugore yifitemo imiterere karemano yo kuba agira uruhare mu gutanga ubuzima.Tugaya abatandukiriye bagakoresha imbaraga mu kwambura ubuzima abo babuhaye”.

    Ati “Bumve ko ibyo bakoze bikidutera ikimwaro kandi ntituzahwema kubyamagana bitubabaza kuko barengereye cyane”.

    Mu kwibuka abagore n’abana bazize Jenoside, abagore bagize Urugaga rushamikiye ku muryango RPF Inkotanyi mu Murenge wa Muhoza, bahamagariye umuryango nyarwanda guharanira ko Jenoside yakorewe Abatutsi itazongera kubaho ukundi.

    Mukamulisa ati “Iki gikorwa kuri twe gifite uburemere bukomeye cyane mu mitima yacu. Kwibuka bitubera umwanya wo gusubiza amaso inyuma, tugatekereza uko inzirakarengane z’abagore zishwe zitageze ku ntego yo kwirerera abana bari barabyaye ngo bakure, bitewe n’uko ayo mahirwe bayavukijwe. Kwibuka ayo mateka yose tuba dushaka kubwira abato ububi bwa Jenoside, kugira ngo na bo bazakurane umutima w’uko itazongera kubaho ukundi”.

    Abitabiriye uwo muhango batarenga 20 kubera amabwiriza yo kwirinda Covid-19, bakoze urugendo ruturuka ku biro by’Umurenge wa Muhoza, berekeza ku rwibutso rwa Muhoza, rushyinguwemo abasaga 800 biciwe mu cyahoze ari Cour d’Appel Ruhengeri.

    Mukamulisa Aurelie ukuriye Urugaga rw
    Mukamulisa Aurelie ukuriye Urugaga rw’Abagore rushamikiye ku Muryango RPF Inkotanyi

    Bashyize indabo ku mva bunamira izo nzirakarengane, nk’ikimenyetso cyo kubibuka no kubasubiza agaciro bambuwe.

    Umuyobozi wa Ibuka mu Murenge wa Muhoza, Hamza Iddi, yabwiye abitabiriye uwo muhango ko bafite uruhare rukomeye mu gusigasira amateka no gukumira abayagoreka.

    Yagize ati “Amateka y’igihugu cyacu arebana n’uko Jenoside yateguwe ikanashyirwa mu bikorwa, ni ngombwa ko twirinda ko hagira uyagoreka cyangwa ngo ayasibanganye. Iyo twibuka Jenoside yakorewe Abatutsi, tugasura hamwe mu habitse ayo mateka, ni uburyo bukomeye tuba dukwiye kubakiraho tuyasigasira ariko kandi twirinda kuyihererana ahubwo tukayasakaza mu bagize imiryango yacu, kugira ngo n’abayamenya mu buryo busobanutse bazakomeze kuba uruhererekane”.

    Abo bagore bashimangiye ko nyuma y’imyaka 27 ishize Jenoside yakorewe Abatutsi ihagaritswe, hari ibikorwa byinshi bizamura imibereho n’ubukungu byakozwe, mu kubaka igihugu cyari cyarashegeshwe n’amateka mabi. Bityo ngo ntibazigera bemerera uwo ariwe wese wakongera kugisubiza inyuma.

    Hari imiryango itishoboye abo bagore bashyikirije ubufasha

    Mukandayisenga Justine, ni umubyeyi w’abana babiri worojwe inka, akaba ayitezeho kubona amata n’ifumbire.

    Yagize ati “Nishimiye inka aba babyeyi b’abanyamuryango ba RPF Inkotanyi bangabiye. Twanywaga amata ari uko tuyasabye cyangwa tuyaguze, ariko kuva uyu munsi nishimiye ko bihindutse, kuko twabonye inka izajya idukamirwa. Ubu sinatinya no kwatisha umurima, ngahinga kuko n’ifumbire izajya iboneka ari nyinshi. Urumva ko ubukene bugiye kuba amateka. Ndashimira Umukuru w’Igihugu cyacu Kagame, wimakaje uyu muco wo koroza abatishoboye”.

    Mukandayisenga Justine worojwe inka ngo imufashe kuzamura ubukungu
    Mukandayisenga Justine worojwe inka ngo imufashe kuzamura ubukungu

    Uyu muryango wagabiwe inka wiyongeraho indi miryango ibiri harimo uwashyikirijwe ibikoresho byo mu nzu, bigizwe n’intebe, ibitanda n’ibiryamirwa undi ushyikirizwa ibiribwa n’ibikoresho by’ibanze by’isuku.

    Urugaga rw’Abagore rushamikiye ku muryango RPF Inkotanyi rwabibashyikirije mu rwego rwo gushyigikira imigambi ya RPF Inkotanyi y’uko buri Munyarwanda agira imibereho myiza.

  • Kicukiro: Abaturage bikoreye imihanda ya kaburimbo y’ibirometero birenga bitanu #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Bamaze kwiyubakira imihanda ya kaburimbo ya Km 5.3
    Bamaze kwiyubakira imihanda ya kaburimbo ya Km 5.3

    Iyo mihanda yatashywe ku mugaragaro ku Cyumweru tariki 20 Kamena 2021, abaturage bashimirwa ubufatanye bubaranga mu kwishakamo ibisubizo badategereje ko Leta ari yo ibakorera byose.

    Umuturage wo mu Mudugudu wa Mpinga ya Nyanza, Akagari ka Rukatsa, Aimable Ruzima, avuga ko igitekerezo cyaturutse mu baturage ubwabo, kuko muri ako gace hari imihanda y’igitaka yatumaga hagaragara nabi kandi hamaze gutera imbere.

    Agira ati “Hano hari iterambere ry’imiturire, ariko hakaba ikibazo cy’imihanda itari ikoze neza, rimwe na rimwe imodoka z’abaturage zananirwaga kwinjira mu bipangu kubera icyondo, zikanyerera”.

    Nyuma yo kwicara bagatekereza icyo bakora kuri icyo kibazo, Ruzima avuga ko abaturage batanze imisanzu yabo y’amafaranga, ariko ko ayo gukorera iyo mihanda icyarimwe atahise aboneka yose.
    Ati “Burya ibintu byose ni ubufatanye, kandi Leta ni abaturage. Iyo abayobozi bafatanyije n’abaturage, bagera kuri byinshi, kuko Leta iba ifite ibikorwa byinshi iba igomba gukora”.

    Abo baturage bavuga ko ibyo bagezeho ari ibyo kwishimira, kandi bagasaba n’abandi b’ahandi kuza kubyigiraho.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kagarama, Chantal Uwamwiza, avuga ko ubukangurambaga bugitangira hari bamwe mu baturage batabyumvaga neza, ariko ko hari ababyumvise vuba bafasha n’abatarabyumvaga na bo bibona muri icyo gikorwa.

    Ati “Icya mbere ni ukubereka agaciro k’ibikorwa baba bagiye kwikorera. N’iyo haba harimo abatabyumva neza, iyo hari abatanze amafaranga mu minsi mike bakabona ibikorwa akoze, n’abandi bahita babona agaciro kabyo”.

    Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere ka Kicukiro, Solange Umutesi, yashimiye abaturage b’Umurenge wa Kagarama muri rusange, anashimira by’umwihariko ababashije kwikorera igikorwa nk’icyo cy’indashyikirwa.

    Asaba abaturage ba Kicukiro gukomeza kurangwa n’ubufatanye hagati yabo ubwabo no hagati yabo n’ubuyobozi, mu rwego rwo kurushaho kugera ku iteramebere bifuza badategereje Leta.

    Ubwo batahaga iyo mihanda
    Ubwo batahaga iyo mihanda

    Mu murenge wa Kagarama muri rusange bateganyije kwikorera imihanda ya kaburimo kuri kilometero 14.5, ariko ubu hamaze gukorwa kilometero 5.3. Yose izuzura itwaye miliyoni 924 z’Amafaranga y’u Rwanda.

    Mu gutaha iyo mihanda kandi hanatangijwe gahunda y’Ubumwe n’ubwiyunge, bahemba umuryango w’abarokotse Jenoside wabyaye ariko abawugize bombi bakaba nta babyeyi bagira bo kubahemba, bawutegesha urugori, ariko baranawuremera.

    Hanaremewe undi muturage usanzwe akora akazi ko gutunganya imisatsi, wahawe amafaranga ibihumbi 300 ngo yo kumufasha kuzamura ibikorwa bye, kandi byose byagizwemo uruhare n’abaturage bo muri uwo Murenge wa Kagarama.

    Hamuritswe n’ibindi bikorwa byakozwe mu mihigo y’umwaka wa 2020-2021.


  • Ange Kagame yeretse ababyeyi bimwe mu byafasha ubwonko bw’abana babo gukura neza #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ange Kagame
    Ange Kagame

    Ubumenyi yateganyije gusangiza ababyeyi yabunyujije ku rubuga rwe rwa You Tube, aho yatangiye avuga ko ubwonko bw’umwana bukura vuba mu myaka ye ya mbere.

    Mu byo yagejeje ku babyeyi umuntu yafata nk’amasomo, Ange Kagame yavuze ko imyaka ya mbere y’ubuzima bw’umwana ari ingenzi, cyane ko ari yo igaragaza imikurire ya buri mwana.

    Agira ati “Imyaka ya mbere y’ubuzima bw’umwana ni ingirakamaro ku mikurire y’ubwonko bwe, kubera ko ibyo ahura na byo n’imibanire n’abandi bantu b’ingenzi kuri we, ari bimwe mu bigena imikurire y’ubwonko bwe”.

    Arongera ati “Uyu musingi wo mu myaka ya mbere kandi ugira ingaruka ku buzima bwose bw’umuntu ari mu myigire, mu migenzereze, imiterere ndetse n’ubuzima bwo mu mutwe”.


  • Interahamwe zakurikiye Abatutsi bahungiye muri Congo zibicirayo (Ubuhamya) #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Dr. Kitambala Marcelin
    Dr. Kitambala Marcelin

    Yabitangaje ku gicamunsi cyo ku wa Gatanu tariki ya 18 Kamena 2021, mu muhango wo kwibuka ku nshuro ya 27 Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.

    Ijambo ry’umuyobozi wa Kaminuza ya East Africa, ryibanze ku buhamya bwe ku mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi nk’umuntu wabanye nabo cyane.

    Dr. Kitambala, ukomoka muri Congo avuga ko yakuriye mu Rwanda aho se yakoreraga ndetse anashaka umugore wa kabiri w’umunyarwanda w’Umututsi.

    Avuga ko bitagarukiye aho kuko ngo na mukuru we nawe yashatse Umututsi.

    Avuga ko Jenoside yabaye barasubiye iwabo muri Congo ndetse ngo n’impunzi zigera mu gace k’iwabo i Bukavu, icyo gihe ari umunyeshuri muri kaminuza ngo ntiyamenye ko ibibera mu Rwanda ari Jenoside.

    Avuga ko umusore w’imyaka 17 icyo gihe ngo yamusabye icumbi nawe aramufasha amutwara iwabo ndetse atabanje no kubimenyesha ababyeyi be ariko ntiyamenya ko yiteye ikibazo ubwe no ku muryango we.

    Ati “Yansabye kumucumbikira, mutwara mu rugo we n’abavandimwe be na nyina, mwibuke mu kadata na muramu wanjye ni Abatutsi, twari dutuye mu gace kamwe, uwo muhungu yakundaga kumpamagara ambaza ngo kuki mwemera kubana n’inzoka, aba nibo batwirukanye mu Rwanda, nibo batwishe, twe ntabwo twari twakamenye ko ari jenoside yabaye mu Rwanda.”

    Dr. Kitambala avuga ko yakomeje kujya amubwira ayo magambo mugihe cy’umwaka yamaze iwabo undi akamwihorera bigera aho arambirwa ndetse afata inzira n’umuryango we bajya mu nkambi.

    Avuga ko mu mwaka wa 1996 muri Congo hadutse intambara, ihereye Uvira, Abahutu bari batuye i Bukavu batangira guhiga Abatutsi bakabica ku mugaragaro.

    Avuga ko baje n’iwabo guhiga mukase na muramu we kugira ngo nabo babice ariko basanga babahishe.

    Agira ati “Tumaze kumenya ko bagiye kuza iwacu kubica, twashatse ahantu batabasha kubabona turabahisha n’abana babo, mukadata yari afitanye na data abakobwa bane ndetse na muramu wanjye yari afitanye na mukuru wanjye umwana umwe w’umuhungu.”

    Dr. Kitambala avuga ko abari mu Rwanda batazi ibibera muri Congo ariko ngo hariyo Interahamwe nyinshi zituye mu baturage basanzwe b’abakongomani.

    Avuga ko kuhaba kwabo byatumye abaturage b’abenegihugu bahunga mu masambu yabo kubera kwibwa n’izo nterahamwe.

    Agira ati “Barahari n’intwaro zabo mu mazu yabo, benshi kugira ngo babeho neza mu mashyamba, baraza bakiba inka, ihene n’ibindi bakakwica niba uri umugabo, bagafata ku ngufu umugore wawe n’abana b’abakobwa barangiza bakagenda.”

    Avuga ko ibi byatangiye mu mwaka wa 1996 kugera mu mwaka wa 2005, ibi ngo bikaba aribyo byabaye intandaro y’uko abaturage bahisemo guhunga amasambu yabo bakajya gutura mu mijyi ya Bukavu na Goma aho bizeye umutekano wabo.

    Dr. Kitambala avuga ko interahamwe zimaze kubura amatungo ziba kuko abaturage bose bimukiye mu mijyi ngo zahisemo kujya mu birombe by’amabuye y’agaciro aho bakura amafaranga yifashishwa mu guhungabanya umutekano w’u Rwanda.

    Yasabye urubyiruko kwirinda icyabatandukanya ahubwo bakabana mu mahoro, mu rukundo no mu bwubahane.

    Ati “Mwebwe hano muvuga ururimi rumwe gusa, twebwe iwacu tuvuga izirenga 200 n’amoko ni uko, ivangura ntacyo rizabagezaho, ntirizatuma igihugu gitera imbere, muharanire kubana mu mahoro nibwo muzatera imbere n’igihugu gitere imbere.”

  • Ruhango: Ingimbi n’abangavu bagize uruhare mu kurwanya imirire mibi #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abo bana bigishijwe n’umuryango utari uwa Leta wita ku mibereho myiza y’abana (CVT), bavuga ko ababyeyi bakomeje kumvira inama z’abakiri bato byarushaho kurandura burundu ikibazo cy’imirire mibi mu bana bari munsi y’imyaka itanu.

    Abaturage bo mu Murenge wa Mbuye, hamwe mu hagaragaraga ikibazo cy’abana bafite ikibazo cy’imirire mibi, aho nko muri 2019 hari abana 80 bari mu ibara ry’umuhondo rigaragaza abafite imirire mibi idakabije, bitaye ku bukangurambaga ku buryo ubu hasigaye gusa abana umunani abandi 80 bamaze gukira.

    Irakoze Ngamije Valentin w’imyaka 16 ni umwe mu bana bakorana na CVT wo mu itsinda Akarusho ryo mu Murenge wa Kinazi, uvuga ko yishimira aho bageze bafasha ababyeyi babo guhindura imyumvire bakita ku mikurire y’abana babo binyuze mu biganiro.

    Yagize ati “Mu gufasha ababyeyi bacu dutegura ibiganiro, ariko na none tugakora n’ibikorwa bigamije kubereka uko bahangana n’imirire mibi mu bana. Nk’ubu tumaze kubaka uturima tw’igikoni 60, twinaje ingemwe z’amacunga, imyembe n’amapapayi tubiha imiryango itandukanye ngo ibashe kwita ku mirire y’abana”.

    Mutuyemariya Josephine wo mu itsinda ryitwa Urumuri riri mu Murenge wa Mwendo, avuga ko hejuru y’ibikorwa bakora bigamije guhangana n’ikibazo cy’imirire mibi mu bana, ubu banafite gahunda yo kwegera ababyeyi babo bakabereka uko bategura indyo yuzuye bahereye ku byo bafite.

    Yagize ati “Dufite gahunda yo gushishikariza ababyeyi kwita ku bana babo babagaburira indyo yuzuye kuko ari byo bituma bakura mu bwenge no mu gihagararo, nta kindi bisaba kuko usanga imboga bazeza, imbuto zirahari, amagi arahari, igisigaye ni ubumenyi”.

    Umuyobozi w’Akarere ka Ruhango, Habarurema Valens, nawe akaba yatangaje ko kuba Zone ya Kizibere igenda isezerera ikibazo cy’igwingira mu bana bigaragaza akazi keza kakozwe n’abaturage ubwabo, ubuyobozi ndetse n’abafatanyabikorwa cyane cyane CVT yazanye gahunda nziza yo guha umwanya abana bakagira uruhare mu kwikemurira ibibazo baba bafite.

    Yagaragaje ko kuba mu mwaka wa 2019 muri aka gace hagaragaragamo abana 88 bafite imirire mibi, ubu bakaba bageze ku 8, ari intambwe ikomeye yo kwishimirwa, bityo asaba abaturage gukemura n’iki kibazo cy’aba bana umunani basigaye kandi bakirinda gusubira inyuma.

    Abaturage biyemerera ko bari bafite ubujiji mu kwita ku mikurire y’abana

    Ntirandekura Schadrack utuye mu Isibo yitwa Inkomezamihigo, umudugudu wa Ruhuha, Akagari ka Kizibere, Umurenge wa Mbuye, avuga ko mbere y’umwaka wa 2020, bari bafite ikibazo gikomeye cya bamwe mu babyeyi bahugiraga mu mirimo bakibagirwa kwita ku bana, bityo bigatuma imibare y’abagwingira yiyongera.

    Agira ati “Hari ababyeyi bafite ubujiji bwo kutamenya uko bategurira abana babo indyo yuzuye, ariko kandi hari n’abandi birirwaga mu mirimo yiganjemo iyo gutonora imyumbati, ntibibuke gufata umwanya ngo bite kubo babyaye bigatuma bibasirwa n’iyo mirire mibi.”

    Ikibazo cy’abakobwa babyariraga iwabo nyuma bagasigira abo bana ba nyirakuru nabo batishoboye, nacyo ngo cyatumye abana barwara indwara zikomoka ku mirire mibi.

    Mu gukemura iki kibazo, Ntirandekura Schadrack yavuze ko abaturage bafatanyije n’inzego zitandukanye bicaye bafata ingamba zo gufata abana bose bafite ikibazo cy’imirire mibi babajyana ku bigo nderabuzima ngo babapime barebe ikigero cy’imirire bafite, abo basanze bafite ikibazo bitabwaho by’umwihariko.

    Abo baturage bavuga ko baje kunganirwa na CVT mu mushinga yatangije mu 2017 mu Karere ka Ruhango wo guteza imbere uburenganzira bw’umwana no kugira uruhare mu bimukorerwa.

    Umukozi w’uyu muryango mu Karere ka Ruhango, Habiyonizera Noel, avuga ko umushinga wabo waje ugamije by’umwihariko gufasha abana kumenya uburenganzira bwabo kandi na bo ubwabo bakagira uruhare mu gushaka ibisubizo by’ibibazo bahura nabyo.

    Kugira ngo bigerweho CVT yatangije amatsinda 8 y’abana mu Mirenge 5 igize Akarere ka Ruhango ari yo Kinazi, Ruhango, Byimana, Mwendo, n’uwa Kabagari.
    Abo bana bakaba bahabwa ubumenyi mu bintu bitandukanye birimo kwita ku mirire yabo n’iya barumuna babo bategura indyo yuzuye, gukora uturima tw’igikoni bagahingamo imboga, guhumbika no guhinga ibiti byera imbuto n’ibindi.

  • Mu minsi 10 gusa abanduye Covid-19 mu rwanda bararenga 3000 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ni imibare yatangiye kuzamuka cyane kuva ku itariki 08 Kanama 2021 aho umubare w’abandura watangiye kujya hejuru ya 100, aho kuri iyo tariki ya 08 habonetse abarwayi 127, mu gihe ku munsi wabanjirije iyo tariki bari 62.

    Icyagaragaye muri iyi minsi 10 ishize ni uko Umujyi wa Kigali, Akarere ka Rubavu na tumwe mu turere dufite imirenge yihariye yashizwe mu kato aritwo Burera, Gicumbi na Nyagatare ari two dukomeje kuzamura umubare w’abandura.

    Muri utwo turere hariyongeraho Akarere ka Musanze na ko gakomeje kugaragaza umuvuduko w’ubwiyongere bw’abandura Covid-19, aho ndetse Umuvugizi wa Polisi aherutse kunenga abafite amahoteli na Restora mu mujyi wa Musanze, abashinja kudasaba abacumbika mu mahoteri icyemezo cy’uko bipimishije Covid-19, ndetse n’abafite amaresitora bashinjwa kudashyira intera hagati y’intebe n’ameza bigatera umubyigano kubo bakira.

    Mu gihe ubwandu bwa Covid-19 bukomeje gukwirakwira, inzego zishinzwe ubuzima zikomeje kongera ibigo byakira abarwayi aho ikigo cya Kanyinya cyari kimaze amezi hafi atandatu gifunze, ubu cyongeye gufungurwa kubera ubwiyongere bukabije bw’abanduye icyo cyorezo, nyuma y’uko ibitaro bya Nyarugenge bimaze iminsi byakira abo barwayi byamaze kuzura, bitewe n’umubare munini w’abarwayi urimo kugaragara mu mujyi wa Kigali.

    Ibindi bitaro byatangiye kwakira abarwayi ba Covid-19 harimo ibya Kibungo byakira ab’Iburasirazuba, ibitaro bya Kaminuza bya Butare (CHUB) na byo byatangiye kwakira abarwayi bo mu majyepfo, mu gihe n’ibitaro bya Kibuye na byo birimo kongererwa ubushobozi kugira ngo byitabazwe mu kwakira abarwayi ba Covid-19 b’Iburengerazuba.

    Mu kiganiro Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yagiranye n’abavuga rikumvikana bo mu Ntara y’Iburengerazuba n’abo mu Ntara y’Amajyaruguru ku itariki ya 11 Kamena 2021, mu ijambo yabagejejeho yaciye amarenga ku kongera gufunga ibikorwa bimwe na bimwe, hagamijwe guhagarika umuvuduko wa Covid-19 irimo kugenda yiyongera mu bihugu bimwe na bimwe byegereye u Rwanda.

    Ibyo Perezida Paul Kagame, yabivuze mu gihe imibare y’abandura icyo icyorezo mu Rwanda ikomeje kwiyongera mu buryo buteye impungenge.

    Perezida Kagame avuga ko mu gufata ingamba zo kugabanya ubwandu, bishobora gutuma habaho gufunga ibikorwa n’ubwo bisubiza Abanyarwanda inyuma mu bukungu.

    Perezida Kagame avuga ko u Rwanda rwari mu nzira nziza mu gukumira icyorezo cya Covid-19 ndetse rwatangiye n’ibikorwa byo gukingira, ariko ko hari inkundura y’icyorezo irimo kuza, ari naho ahera asaba abaturage kwirinda kwirara.

    Yagize ati “Twari turi mu nzira nziza nk’u Rwanda, twamenyereye guhangana n’iki cyorezo dukurikiza ibyangombwa siyansi itubwira, twagize amahirwe tubona inkingo zidahagije, ariko tugira aho duhera dukingira Abanyarwanda bacu.

    Turacyakomeza gushaka izindi kugira ngo bigere ku Banyarwanda benshi, ariko mukomeze kwitegura ntitukirare, cyangwa dushake koroshya ibintu kandi bikomeye”.

  • Rubavu: Barishimira ko basigaye babona amashanyarazi neza adacikagurika – #rwanda #RwOT

    Iyi sitasiyo yubatse mu Kagari ka Murambi, Umurenge wa Rubavu mu Karere ka Rubavu, ni yo ya mbere yujujwe muri aka karere ndetse ubu yatangiye kwifashishwa mu kugeza amashanyarazi ku bagatuye ndetse n’abo mu Turere tukegereye turimo Nyabihu, Rutsiro na Ngororero hamwe n’Umujyi wa Goma muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo.

    Usibye iyi sitasiyo kandi, REG yanavuguruye imiyoboro ikwirakwiza amashanyarazi mu Mujyi wa Rubavu, hubakwa imishya, ishaje irasimbuzwa ndetse hubakwa kabine (Electrical Cabins) 11 mu rwego rwo kunoza serivisi z’amashanyarazi abatuye Rubavu bahabwa.

    Butera Laurent, uyobora ishami rya REG riherereye mu Karere ka Rubavu, avuga ko avuga ko ibi byagabanije ibihombo ikigo cyagiraga cyaterwaga n’uko umuriro watakaraga ari mwinshi utakoreshejwe.

    Yagize ati “Imyinshi mu miyoboro twari dufite mbere yari ishaje itakijyanye n’igihe, indi yari yaramaze kuremererwa n’umubare munini w’abayifatiyeho ndetse n’ibikoresho bikenera amashanyarazi bakoresha, bigatuma umuriro uba muke ubundi ugacikagurika.”

    “Ubu ibi byarakemutse, umuriro ntugicikagurika bya buri munsi, kandi n’iyo habaye akabazo gato uhita ugaruka udatinze. Ubu muri uku kwezi gushize n’ubwo twagizemo ibihe by’ibiza, abakiriya banini dufite barimo inganda n’amahoteli manini, ubona ko bacanye umuriro amasaha menshi ugereranije n’uko byari bimeze mbere”.

    François Bavugayubusa, ushinzwe amashanyarazi mu bitaro bya Gisenyi, avuga ko bishimiye impinduka nziza ku mashanyarazi babona.

    Ati “Hari impinduka zigaragara. Mbere umuriro wagendaga hato na hato, ubundi ukaba muke cyangwa mwinshi bigatuma ntacyo tubasha kuwukoresha. Ubu rero hari impinduka ku buryo tuwukoresha nta kibazo kibayeho. Mbere twashoboraga kumara ijoro ryose ducanye “generator”. Ubu rero n’iyo umuriro ugiye, ntabwo umara iminota irenze 10 utaragaruka”.

    Kanyarwanda Jean Claude, ushinzwe amashanyarazi muri Serena Hotel ishami rya Gisenyi, yavuze ko ashimira REG yavuguruye imiyoboro kuko mbere bahuraga n’ibibazo by’umuriro uvaho buri kanya.

    Ati “Mbere y’uko bavugurura iyi miyoboro, twari dufite ikibazo cy’umuriro ubura buri kanya, tugakoresha “generator” inshuro nyinshi ugasanga nko ku kwezi dukoresheje nka litiro 2000 cyangwa 1500 za mazutu. Ubu rero urebye iyo twakoreshaga mbere n’iyo dukoresha ubu, dufite icyizere ko amashanyarazi duhabwa ameze neza.”

    Israel Vumiria ushinzwe ikoranabuhanga rya Radio kuri Radiyo y’abaturage ya Rubavu, avuga ko mbere ibura ry’umuriro mbere ryababangamiraga mu kazi.

    Ati “Mbere wasangaga tubura umuriro buri kanya cyangwa ukaza nabi ku buryo tutawukoresha, tukifashisha “generator”. Wasangaga imashini zacu zigira ibibazo kubera kuzima buri kanya. Ubu rero umuriro ntugipfa kubura ndetse navuga ko twabashije kuzigama amafaranga twaguraga mazutu nyinshi twakoreshaga.”

    Akarere ka Rubavu kari mu dufite ingo nyinshi zifite amashanyarazi mu Rwanda kuko izigera kuri 81% ubu ziyafite muri izo ngo harimo izigera kuri 72% zifite amashanyarazi afatiye ku muyoboro rusange na 9% bafite amashanyarazi akomoka ku mirasire y’izuba.

    Umuyobozi w’ishami rya REG i Rubavu avuga ko uretse gucanira neza abatuye Rubavu, imiyoboro yubatswe muri Rubavu yatumye REG igoboka abatuye Goma ubwo ikirunga cya Nyiragongo cyarukaga kikangiza ibikorwaremezo byaho.

    Ati “Ikirunga cyasenye imiyoboro myinshi ijyana amashanyarazi mu gice kinini cy’umujyi wa Goma. Badusabye ubutabazi bwihuse bwo kugira ngo tube tubacaniye mu gihe bagitegereje gusana imiyoboro yangiritse. Twahise tubacanira byihuse twifashishije umuyoboro wacu ugera ku mupaka wa “petite barrière”. Byarabafashije cyane kuko ibikorwa bitandukanye nk’amahoteli by’i Goma birimo ibitaro, iminara, n’ibindi byinshi byari byamaze guhagarara kubera kubura amashanyarazi.”

    Imwe muri kabine 11 nshya zubatswe muri Rubavu

    Sitasiyo ya Rubavu yubatse mu Kagari ka Murambi mu Murenge wa Rubavu

    Transformateur zigera kuri 19 nizo zongerewe mu miyoboro

    SItasiyo ya Rubavu ni yo sitasiyo ya mbere yujujwe muri aka karere ndetse ubu yatangiye kwifashishwa mu kugeza amashanyarazi ku bagatuye ndetse n’abo mu Turere tukegereye