Tag: featured

  • Gatsibo: Murekatete yituye hasi ahita apfa #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ibyo byabaye ku gicamunsi cyo ku wa 21 Kamena 2021, bibera haruguru y’aho abagenzi bategera imodoka mu mudugudu wa Kabarore ya mbere, Akagari ka Kabarore mu Murenge wa Kabarore.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kabarore, Urujeni Consolée, avuga ko amakuru bayamenye bayahawe n’abakozi ba Keza Saloon (Inzu y’ubwiza) bihutira kuhagera ndetse bamutwara kwa muganga ariko biranga arapfa.

    Ati “Bampamagaye ndetse banabwira na Police turaza tumutwara ku kigo nderabuzima cya Kabarore, ariko mu gihe abaganga bageragezaga, banashaka uko bamuha transfert yahise abagwa mu maboko”.

    Urujeni avuga ko uwo mubyeyi ashobora kuba yazize indwara ya diyabete akurikije ikizamini cyafashwe n’abaganga.

    Agira ati “Urebye ni diyabete yari arwaye kuko abaganga bakimwakira bihutiye kumupima basanga isukari yazamutse cyane bikabije. Gusa twese twababajwe ni ukuntu yatuvuyemo byihuse, abaganga bakigerageza ariko ni uko umunsi we wari uriya”.

    Ntibizwi niba Murekatete Chantal yari mu rugendo runaka cyangwa yari aje gutunganya imisatsi kuko yaguye imbere y’inzu itangirwamo iyo serivise.

  • Kenneth Kaunda: Umwe mu bakuru b’ibihugu mbarwa bemeye gutsindwa nta mananiza #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Kenneth Kaunda
    Kenneth Kaunda

    Nyuma y’imyaka 27 yari amaze ku buyobozi, Kenneth Kaunda yatsinzwe amatora ndetse yemera ibyavuye mu matora nta mananiza, bitandukanye n’uko bikunze kugenda henshi ku isi, maze abererekera mugenzi we Frederic Chiluba wayoboye kuva mu 1991-2002 n’ishyaka rye The Movement for Multi-party Democracy (MMD).

    Nyuma yo gutsindwa amatora, Kaunda yavuye mu buzima bwa politiki ariko bitari burundu, kuko mu myaka yakurikiyeho yagiye agirana ibibazo n’ubuyobozi bwamusimbuye ndetse igihe kimwe Guverinoma imushinja ko yashatse guhirika ubutegetsi, ariko yihagararaho kigabo araburana aratsinda, ndetse aguma mu gihugu cye.

    Kumutera icyizere ahanini byatewe n’uko nyuma yo kubona ubwigenge, igihugu cyabayemo ubukene bukabije, mu 1980 abandi banyapolitiki barimo Frederic Chiluba bashinga amashyaka amurwanya kugira ngo barebe ko habaho impinduka muri Zambia yari imaze imyaka 16 iyobowe n’ishyaka rimwe rukumbi.

    Mu buzima bwe bwa nyuma ya Politiki, Kenneth Kaunda bakundaga kwita KK, yakoze ibikorwa byinshi bw’ubugiraneza afasha abatagira kivurira, ibintu byatumye abaturage bongera kumugarurira icyizere n’urukundo.

    Aba ni bamwe mu bagize icyo bamuvugaho atangiye kugera mu zabukuru. Umwe ati: “Njyewe mufata kimwe na Nelson Mandela na Martin Luther King”.

    Abandi bati: “Ni intwari mu ntwari…njyewe mufata nk’ikimenyetso cya Zambia…nta Zambia yari kubaho nta KK…ntiyigeze na rimwe acika intege na nyuma yo kuva ku buyobozi yakomeje kugaragara”.

    Kenneth Kaunda na we ageze mu myaka ye ya nyuma, yigeze kubwira itangazamakuru ko ashimira Imana akazi yakoze, ati: “Ndashima Imana yampaye kubaho iki gihe cyose nkageza iki gihugu ku ntambwe ikomeye”.

    Kimwe mu bintu bisanzwe byarangaga Kenneth Kaunda mu ruhame, ni agatambaro kera yahoranaga, ariko mu buzima bwe nk’umuyobozi, yagize uruhare nyamukuru mu gufasha ibihugu by’ibituranyi kubona ubwigenge harimo Namibia, Zimbabwe na Afurika y’Epfo.

    Zambia yacumbikiye igihe kirekire abanyamuryango ba ANC, ishyaka ryaharaniraga ukwishyira ukizana kw’abirabura muri Afurika y’Epfo bari barakandamijwe n’abera mu gihe cya politiki ya yarangwaga n’amacakubiri ya Apartheid.

    Radio y’iryo shyaka yitwaga ANC Freedom Radio, Kaunda yayihaye uburengenzira bwo gusakaza ibitekerezo n’amakuru aho yari icumbikiwe Lusaka muri Zambia, urugamba rwa mbere rw’intwaro n’urwa politiki muri Afurika y’Epfo, ANC na rwo yaruteguye ibifashijwemo na Kenneth Kaunda.

    Kenneth David Kaunda yavutse ku itariki 28 Mata 1924 mu gace kitwa Chinsali muri Zambia, yajyanywe mu bitaro ku wa Mbere tariki 14 Kamena 2021 arembye cyane, atabaruka ku wa Kane tariki 17 Kamena 2021 aguye mu bitaro biri i Lusaka mu murwa mukuru wa Zambia.

    Amakuru yatangajwe ku wa Mbere na Africanews avuga ko ibitaro yajyanywemo bizwiho kuba ari ikigo nderabuzima kivurirwamo abarwaye Covid-19, n’ubwo nta makuru araboneka avuga uburwayi bwamuhitanye ku myaka 97.

    KK yashakanye na Betty Kaunda babanye kuva mu 1946 kugeza muri 2012 ari bwo yitabye Imana akamusigira abana bane: Tilyenji Kaunda, Wezi Kaunda, Musata Kaunda Banda, Cheswa Silwizya.

    Usibye kuba yarabaye impirimbanyi yaharaniye ubwigenge bwa Zambia, hari n’amakuru avuga ko Kaunda yigeze kuba umuhanzi w’indirimbo zahamagariraga Abanyafurika guhaguruka bagaharanira ukwishyira ukizana. Yanditse n’ibitabo umunani; ariko ibyakunzwe cyane ni ‘Zambia Shall Be Free’ na ‘Letter to My Children’, yakinnye na filime yitwa ‘Comrade President’ yasohotse muri 2012.

    Nyuma y’akazi gakomeye muri politike no gufasha abatishoboye, Kenneth David Kaunda imyaka ye yanyuma yayibayeho mu rugo mu gihugu yakunze cyane akanakigeza ku bwigenge akivanye mu maboko y’Abongereza bakitaga Rhodesia y’Amajyaruguru, kimaze kubona ubwigenge kitwa Zambia.


  • Guverineri Habitegeko ahamya ko kwiga imyuga byaca ingeso mbi mu rubyiruko #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Urubyiruko rwiga imyuga mu kigo cya Nyange ruhamya ko umurimo watuma rutirukira gushakisha ubuzima mu mijyi
    Urubyiruko rwiga imyuga mu kigo cya Nyange ruhamya ko umurimo watuma rutirukira gushakisha ubuzima mu mijyi

    Guverineri Habitegeko ubwo yasuraga ishuri ry’imyuba rya Nyange muri Ngororero, yavuze ko umurimo ugira uruhare mu gutuma urubyiruko rubona ibyo ruhugiraho runiteza imbere, aho kugwa mu bishuko bikuruwe no kuba rwabuze icyo rukora, cyangwa ugasanga rwishoye mu mijyi kujya gushakisha imibereho yagombye kuba iboneka aho rutuye.

    Guverineri Habitegeko avuga ko kongera ibigo byigisha imyuka n’ubumenyi ngiro ari kimwe mu bisubizo byo gukemura ibibazo byugarije urubyiruko birimo n’ingeso mbi n’ubwomanzi.

    Yongeraho ko Intara y’Iburengerazuba irimo gushyira imbaraga mu kongera bene ibyo bigo kugira ngo urubyiruko rubone icyo rukora rwiteze imbere runateza imbere igihugu.

    Agira ati “Kwigisha imyuga urubyiruko ni kimwe mu bisubizo byo kurwanya bya biyobyabwenge mu rubyiruko, ingeso mbi z’ubusambanyi kuko burya ngo iyo umutwe ntacyo ufite cyo gukora uhinduka ikibuga cya Shitani, niba umwana ari gusudira urugi rw’umukiriya nihagira umuhamagara ngo amushuke ntabwo azamwitaba kuko azaba ashakisha amafaranga ngo yikemurire ibibazo”.

    Guverineri Habitegeko kandi ashishikariza Abanyarwanda guhindura imyumvire bagaha agaciro ubumenyi ngiro n’imyuga kuko aho igihugu kigeze abantu babayeho neza atari abize amashuri meshi ahubwo byagaragaye ko abafite ibindi bakora ari bo batanga akazi ku bize.

    Agira ati “Kumva ko umuntu uzabaho neza ari uwize akarangiza za kaminuza ni ukwibeshya cyane kuko usanga ahubwo abakora imyuga baha akazi abo barangije kaminuza, imyuga igira amafaranga menshi cyane abantu bahindure imyumvire hanyuma Leta nayo ibashe kubashyigikira”.

    Hari ibiganiro by’uko amashuri yose yatangira kujya yigisha imyuga

    Guverineri Habitegeko avuga ko Minisiteri y’Uburezi mu Rwanda irimo kwiga uko abanyeshuri mu byiciro bigamo yaba amashuri abanza, ayisumbuye na za Kaminuza batangira kujya bigishwa n’imyuga kugira ngo babashe gukura bayikunze kandi nibarangiza amashuri abadakoze akandi kazi babe bagira icyo bimanrira kurusha kwirirwa bicaye.

    Avuga ko hari ikibazo gikomeye aho usanga abanyeshuri barangiza amashuri yisumbuye na za Kaminuza bakicara bakamara igihe ntacyo bafite bakora kandi abize imyuga bo bari kwinjiza amafaranga akaba asanga ibyiza ari uko n’abize amashuri asanzwe bakongeraho n’umwuga kuko ntacyo utwaye.

    Guverineri habitegeko asura ikigo cy
    Guverineri habitegeko asura ikigo cy’imyuga cy’urubyiruko cya Nyange

    Agira ati “Hari ibiganiro birimo gukorwa kugira ngo amashuri asanzwe nayo abe yakwigisha imyuga ariko turanasaba n’abarangije ayo mashuri kongeraho n’umwuga kuko birababaje kubona umuntu arangiza kwiga agakubita imyaka itanu nta kintu afite cyo gukora kandi abize imyuga barimo kwinjiza amafaranga”.

    Amashuri y’imyuga aracyari make ariko hariho gahunda yo kuyongera

    Abana biga imyuga bahamya ko ibafitiye akamaro kuko ibarinda kwiyandarika, kwishora mu biyobyabwenge no kwirukira gushakisha ubuzima mu mijyi, kuko usanga ari ho benshi bakomora ingeso mbi zinashora urubyiruko mu busambanyi no gukoresha ibiyobyabwenge.

    Umutoniwase Jeanne Gentille wacikirije amashuri mu cyiciro rusange cy’amashuri yisumbuye avuga ko yagiye mu mujyi wa Kigali gushakishirizayo ubuzima ariko nta nyungu yakuyemo ahitamo kugaruka iwabo mu Karere ka Ngororero.

    Umutoniwase urimo kwiga imyuga mu kigo cy’urubyiruko cya Nyange avuga ko ubu amaze kumenya gusudira inzugi n’amadirishya kandi yatangiye kubona ibiraka bimubyarira amafaranga akaba asaba urubyiruko kwikuramo ko ubuzi bwiza babushakira mu mijyi, ahubwo abaturiye ibigo byigisha imyuga bakabigana.

    Agira ati “Mu mujyi nakoreraga ibihumbi 15frw nkora akazi ko mu rugo, ukwezi kwashira bakayampa ariko nareba icyo nayakoresheje nkakibura, ariko maze kugaruka mu rugo nkiga imyuga nta kintu cyananira kugikora mu busuderi kandi ndabona ejo hanjye hazaba heza ndanabishishikariza abantu tungana kuza mu myuga”.

    Umutoniwase amaze kumenya gusudira amadirishya n
    Umutoniwase amaze kumenya gusudira amadirishya n’inzugi

    Yongereraho ko zimwe mu ngaruka zigaragara ku bakobwa bajya gushakira ubuzima mu mijyi ahanini ari ugutwara inda batateganyije, naho abahungu bakishora mu biyobyabwenge akaba asaba Leta gushyira imbaraga mu kongera ibigo byigisha imyuga kugira ngo abakwiyemeza guhinduka babone aho biga.

    Gahunda ya Leta yo kwigisha imyuga iteganya ko nibura buri murenge ukwiye kugira ikigo kigisha imyuga ariko inzira iracyari ndende, ubuyobozi bukaba bwizeza ko hariho gahunda yo kubyongera no gushishikariza urubyiruko n’abarangije amasomo kwiga imyuga.


  • Côte d’Ivoire: Laurent Gbagbo yasabye gatanya #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Laurent Gbagbo na Simone Gbagbo bagiye gutandukana
    Laurent Gbagbo na Simone Gbagbo bagiye gutandukana

    Umwunganizi mu mategeko wa Laurent Gbagbo wasohoye ayo makuru, yavuze ko hashize igihe kinini Simone Gbagbo yaranze gatanya mu buryo bw’ubwumvikane nk’uko umugabo we yabyifuzaga, ni ko guhitamo kubinyuza mu nzira y’imanza.

    Umukambwe Gbagbo w’imwaka 76, ubwo yageraga ku kibuga cy’indege nyuma y’imyaka 10 atagera mu gihugu cye, yari kumwe n’umugore we muto bamaranye igihe kinini, Nady Bamba w’imyaka 46 wahoze ari umunyamakuru. Umugore we wa mbere, Simone Gbagbo yaje kumwakira hamwe n’abayoboke be, avugana gato n’umugabo we ahita yigendera, nk’uko bitangazwa na AFP.

    Laurent Gbagbo yashakanye na Simone Gbagbo mu 1986 bakaba barabyaranye abana babiri b’abakobwa.

    Laurent Gbagbo na Simone Gbagbo, bombi bafashwe mu 2011 bazira kwanga kwemera ko Alassane Ouattara yatsinze amatora ya Perezida wa Côte d’Ivoire, bikaba byaravuyemo imvururu zaguyemo abantu barenga 3,000 ari byo byatumye bombi bagezwa imbere y’ubutabera.

    Laurent Gbagbo icyo gihe yajyanywe i La Haye na ho umugore we aburanishwa n’inkiko za Côte d’Ivoire, zikaba zaramukatiye gufungwa imyaka 20 muri 2015 ariko aza kurekurwa ku mbabazi za Perezida wa Repubulika muri 2018.


  • U Rwanda ruri mu bihugu bya Afurika bigiye gukorerwamo inkingo za Covid-19 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ubwo yari mu nama yakozwe ku buryo bw’ikoranabuhanga kuri uyu wa Mbere tariki 21 Kamena 2021, Ngozi yagize ati “Tumaze kubona ko kutagira ubushobozi bwo gukora inkingo hirya no hino, bitajyana no kuzibona ku rwego ziba zikeneweho cyane cyane mu gihe cy’icyorezo. Hakenewe inganda zikora inkingo mu Karere ndetse n’uburyo bukwiye bwo kuzikwirakwiza, kugira ngo bibe bitanga n’icyizere cyo kwitegura guhangana n’ibindi byorezo byabaho mu gihe kizaza”.

    Perezida wa Repubulika Paul Kagame, agaruka kuri icyo cy’inganda zikora inkingo za Covid-19 muri Afurika, yavuze ko uwo mugabana ugomba kuba umufatanyabikorwa ungana n’abandi bose mu gukora inkingo, aho gutegereza iziturutse aho handi bazikorera.

    Yavuze ko ubu Afurika irimo kugerageza gutangira kuzikora, gushaka abafatanyabikorwa bo gutangiza ibikorwa byo gukora inkingo, ko hari abafatanyabikorwa nk’Umuryango w’Ubumwe bw’ibihugu by’u Buranyi n’Ikigo mpuzamahanga mu by’imari bahari, ariko ngo hari n’abandi bafatanyabikorwa bashaka kuza gufatanya n’umugabane wa Afurika muri ibyo.

    Mu gihe bizaba bikorwa, Perezida Paul Kagame ngo asanga Afurika izajya ibona inkingo ikeneye ku gihe, cyangwa se ikazibonera rimwe n’indi mu migabane yo ku isi. Yavuze ko ku Mugabane wa Afurika hari ahantu hatatu hazakorerwa izo nkingo za Covid-19, Harimo Afurika y’Epfo Senegal n’u Rwanda, kandi ibyo bihugu byatangiye kwitegura.

    U Rwanda by’umwihariko muri urwo rwego, nk’uko Perezida Kagame yabivuze, ngo rwatangiye gukorana n’inganda zifite ikoranabuhanga rishya rikoreshwa mu bintu byinshi, nko mu buhinzi no bindi byorezo, ubu ngo u Rwanda rwamaze kuganira n’abafite iryo koranabuhanga.

    U Rwanda ubu ngo rurimo kuganira n’abazatanga ubufasha bw’amafaranga ndetse ngo mu mezi makeya abantu bashobora kumva indi nkuru.

  • Indege ya Gaddafi yagaruwe muri Libye – #rwanda #RwOT

    BBC yatangaje ko iyo ndege ya Airbus A340 yari yarahimbwe “Flying Palace” kubera ukuntu imbere hayo hakoze bidasanzwe, yagejejwe ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Mitiga kiri hafi y’Umurwa Mukuru, Tripoli, kuri uyu wa 21 Kamena 2021.

    Minisitiri w’Intebe uyoboye guverinoma iriho, Abdul Hamid Dbeibah, wari mu bagiye gutegereza iyo ndege, imaze kuhagera yavuze ko harakurikiraho kureba niba yakoreshwa n’inzego z’ubuyobozi cyangwa ikifashishwa mu nyungu za rubanda.

    Yagize ati “Abanya-Libye ni bo bazafata umwanzuro w’icyo yakoreshwa.”

    Flying Palace ya Gaddafi yafashwe n’Abarwanyi bamuhiritse ku butegetsi muri Kanama 2011 nyuma y’ukurasana gukomeye kwabereye ku Kibuga Mpuzamamahanga cy’Indege cya Tripoli.

    Mu 2012 ni bwo yajyanywe i Perpignan mu Majyepfo y’u Bufaransa gusanwa kubera amasasu yari yarashwe. Sosiyete ya Sabena ni yo yayisannye.

    Mu 2013 kuyisana no kuyisiga andi marangi byari byarangiye, ariko aho kugira ngo ijyanywe muri serivisi z’ubucuruzi ikomeza gukoreshwa na guverinoma ya Libye mu nyungu zayo bwite.

    Ibibazo by’umutekano byakomeje kuba agatereranzamba muri icyo gihugu bituma iyo ndege yongera gusubizwa i Perpignan muri Werurwe 2014.

    Ku wa 3 Gicurasi 2021 ni bwo yongeye kugaragara mu Kirere cy’agace Perpignan, inkuru zitangira gucicikana hibazwa igihe izasubirizwa muri Libye.

    Icyo gihe CNN yatangaje ko iyo ndege bishoboka ko izahindurwa uko iteye imbere, ibirimo bidasanzwe bigakurwamo ikajya itwara abagenzi nk’izindi.

    Muammar Gaddafi yaguze Flying Palace mu 2006, ayitangaho miliyoni 120$.

    Minisitiri w’Intebe wa Libye, Abdul Hamid Dbeibah, ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Mitiga ubwo indege yari ategereje imaze kuhagera

  • Ingo zahinduwe utubari na zo zishobora kuzajya zifungwa – #rwanda #RwOT

    Mu gihe mu gihugu hakomeje kugaragara umubare munini w’abantu bandura Covid-19, hagenda hagaragara abantu bafashe ingo batuyemo bakazihindura utubari birinda ko bahanwa kuko tutigeze twemererwa gukora kuva yagera mu Rwanda muri Werurwe 2020.

    Mu kiganiro Minisitiri Gatabazi yagiranye na RBA, yavuze ko ubu hagiye gukazwa ingamba n’ibihano ku bantu bahinduye ingo zabo utubari.

    Yagize ati “Hari icyo dushaka kugarukaho n’abayobozi mu nzego z’ibanze babyumve n’izindi nzego dukorana, hari abantu bafashe ingo zabo bazihindura utubari ngo ntizafungwa, ubu tugiye kujya tuzifunga kugeza ubwo Covid-19 izaba irangiye. Icyo tubasaba nibirinde icyorezo kimeze nabi.”

    Muri iki kiganiro Minisitiri w’Ubuzima Dr Daniel Ngamije yavuze ko nubwo mu Rwanda hataragaragara ubwoko bwa Covid-19 bumaze igihe bwumvikana mu Buhinde bwamaze no kugera mu bihugu byo mu karere, abanyarwanda badakwiye kwirara na gato kuko bwandura vuba kurusha ubwari busanzwe.

    Yagize ati “Kugeza ubu mu Rwanda ubwoko bwagaragaye mu Buhinde ntabwo bwari bwagaragara. Abo twagiye tubona ni abagaragaweho ubw’iyabonetse mu Bwongereza na Afurika y’Epfo ariko na bo babaga bayikuye hanze. Icy’Ingezi dusaba abaturage ni ukutirara bakirinda kandi mwagiye mubibona aho twafataga ingamba mu byumweru nka bibiri cyangwa bitatu wasangaga Covid-19 itakihagaragara.”

    Ubwiyongere bukabije bwa Civid-19 ni bwo bwatumye Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yateranye kuri uyu wa Mbere tariki 21 Kamena 2021 yongera gusuzuma no gukaza ingamba ziyongera ku zari zafashwe mu minsi icyenda yayibanjirije maze ifata inshya zirimo ko ingendo hagati y’Intara n’Umujyi wa Kigali n’Uturere zibujijwe.

    Mu mabwiriza mashya harimo ko ingendo zibujijwe guhera saa moya z’ijoro kugeza saa kumi za mu gitondo. Ibikorwa byose byemerewe gukomeza bizajya bifunga saa kumi n’ebyiri.

    Ikindi kandi ni uko ingendo hagati y’Umujyi wa Kigali n’Intara ndetse n’ingendo hagati y’uturere tundi tw’igihugu zibujijwe keretse ku mpamvu za serivisi z’ubuzima cyangwa izindi z’ingenzi.

    Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Gatabazi Jean Marie Vianney, yatanze umuburo ko ingo zahinduwe utubari na zo zizajya zifungwa

  • Idamange yasabiwe kuburanishirizwa mu muhezo – #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa 22 Kemena 2021 nibwo urubanza rwa Idamange Iryamugwiza Yvonne ukurikiranyweho ibyaha birimo guteza imvururu cyangwa imidugararo muri rubanda rwasubukuwe nyuma y’uko ku wa 15 Kamena 2021 rwari rwasubitswe nyuma y’uko uyu mugore avuze ko agiye koga ariko urukiko rukamutegereza rukamubura.

    Iburanisha ryatangiye ahagana saa Tatu. Ubushinjacyaha butangira busaba umwanya kugira ngo bugire icyifuzo bugeza ku Nteko iburanisha mbere y’uko urubanza rutangira.

    Ubushinjacyaha bwavuze ko bwifuza ko urubanza rwa Idamange ruburanishirizwa mu muhezo rubishingiye ku mpamvu zitandukanye zirimo n’imiterere y’ibyaha Idamange aregwa.

    Ubushinjacyaha bwakomeje buvuga ko kuburanisha Idamange mu ruhame byamubera urubuga rwo gukomeza kugaragaza imyitwarire idahwitse.

    Buti “Ubushinjacyaha bufite impungenge ko iburanisha ry’uru rubanza mu ruhame ryabera Iryamugwiza Idamange yvonne urubuga rwo gukomeza ibikorwa bye byo gupfobya Jenoside, kwamamaza ibihuha ndetse no gukomeza icengezamatwara rye ryo kwangisha Leta abaturage ndetse n’ubuyobozi n’abayobozi.”

    Bwasabye ko ku nyungu za rubanda Idamange yaburanishirizwa mu muhezo. Buti “Ku nyungu z’umutekano no kunyungu z’umudendezo wa rubanda dusanga uru rubanza rwaburanishirizwa mu muhezo mu rwego rwo kurengera uwo mudendezo w’abaturage n’umutekano w’abaturage ndetse no gukomeza gushimangira ubumwe bw’abaturage.”

    Uruhande rwa Idamange ntirubikozwa

    Idamange Iryamugwiza Yvonne ahawe umwanya ngo avuge ku cyifuzo cy’ubushinjacyaha, yavuze ko bidashoboka ko yaburanishirizwa mu muhezo kuko ngo ibyaha akurikiranyweho yabikoreye mu ruhame.

    Ati “Kugira ngo urukiko rumpamagare mu ruhame runabigaragaze mu nyandiko ningera mu rukiko umushinjacyaha asabe ko mburanishwa mu muhezo ntabwo bibaho. Cyane cyane ko ibyaha muvuga ko nakoze bigaragara ko nabikoze mu ruhame kandi mwandeze mu ruhame. Ntabwo numva uburyo uyu munsi najya kuburana bakamburanishiriza mu muhezo.Ntabwo njye nakwemera kuburanishirizwa mu muhezo.”

    Abunganizi ba Idamange bahawe umwanya bavuze ko icyifuzo cy’ubushinjacyaha kinyuranyije n’amategeko ngo kuko kuba urubanza rwaburanishirizwa mu muhezo bifatwaho icyemezo n’urukiko.

    Abunganira Idamange bakomeje bavuga ko icyifuzo cy’ubushinjacyaha kitarimo ubunyamwuga ngo kuko cyaje gitunguranye.

    Uhagarariye Ubushinjacyaha yongeye guhabwa umwanya avuga nta bunyamwuga buke buri mu busabe bwabo ngo kuko iki cyifuzo cy’uko uru rubanza rwaburanishirizwa mu muhezo bagishyize mu ikoranabuhanga ry’urukiko ku wa 21 Kamena 2021.

    Ibi bisobanuro by’ubushinjacyaha ntibyakiriwe neza n’abunganira Idamange bavuze ko n’ubundi iki gihe ubushinjacyaha bwabishyiriyemo bwari bwatinze, bavuga ko kwemera icyifuzo cy’Ubushinjacyaha bishobora gutera ingaruka z’uko urubanza ruburanishwa mu buryo butandukanye n’uko rukwiye kuburanishwa.

    Nyuma yo kumva impande zombi Inteko Iburanisha yafashe umwanya wo kwiherera kugira ngo ifate umwanzuro kuri iki cyifuzo cy’Ubushinjacyaha.

    Inkuru irambuye irabageraho mukanya….


  • Perezida Kagame yerekanye ibyitezwe ku Bufaransa nyuma y’uruzinduko rwa Macron – #rwanda #RwOT

    Ibi Umukuru w’Igihugu yabigarutseho mu Ihuriro rya ‘Qatar Economic Forum’, ryagarutse ku ngingo zitandukanye, ziganisha ku miterere y’ubuyobozi mu bihe bizakurikira icyorezo cya Covid-19.

    Perezida Kagame yabajijwe icyo atekereza ku ‘mbabazi’ Perezida Macron yasabiye mu ruzindiko rw’iminsi ibiri yagiriye mu Rwanda rwatangiye kuwa 27 Gicurasi uyu mwaka.

    Muri urwo ruzindiko rw’amateka, Perezida Macron ‘yemeye uruhare’ igihugu cye cyagize mu mateka mabi ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

    Icyo gihe yaragize ati “Kwemera aya mateka n’uruhare rwacu, ni ikimenyetso kidashidikanywaho. Tubikoze ku bushake, tubyikorera. Ni umwenda ku nzirakarengane nyuma y’igihe kirekire ducecetse. Ni impano ku bakiriho bagifite ububabare baramutse babitwemereye, twafatanya kubagabanyiriza umubabaro.”

    Perezida Kagame yavuze ko muri rusange uruzindiko rwa Macron mu Rwanda rutari rugamije gusaba imbabazi gusa, ahubwo ko rwari rugamije “Kugaragaza ukuri” ku mateka yabaye mu Rwanda.

    Yagize ati “Ibi byari ingenzi cyane bitari ukubera gusa imbabazi, ahubwo kubera [kugaragaza] ukuri kw’ibyabaye. Ku ruhande rw’ukuri, kwemera uru ruhare byari ingenzi cyane.”

    Perezida Kagame yasobanuye ko impamvu kwemera uruhare rw’u Bufaransa muri Jenoside byari ingenzi cyane, ari uko bizarushaho kwemeza abantu ko Jenoside yakorewe Abatutsi yabayeho, bityo bigaca intege abagifite umugambi wo kuyihakana no kuyipfobya.

    Yagize ati “Byari ingirakamaro kuko mu myaka yashize, twabonye ubwiyongere bwo guhakana no gupfobya Jenoside. Imvugo zitandukanye [kuri Jenoside] zaradutse, ubona ko zigamije kurema andi mateka. U Bufaransa bwabigizemo uruhar, ntekerezo kuba Macron yaremeye uruhare rw’u Bufaransa bifasha mu kugenzura ibi bikorwa bibi tumaze imyaka tubona.”

    Perezida Kagame yavuze ko uko umubano w’u Bufaransa n’u Rwanda uzarushaho gutera imbere, bijyanye n’uku kuri kwagiye hanze, “twakwitega kubona ubufatanye” mu nzego zitandukanye, ashimangira ko u Rwanda rurajwe ishinga no kubaka umubano mwiza n’u Bufaransa aganisha impande zombi ku iterambere.

    Ati “Twiteze kubona ishoramari rihuriweho mu ngeri z’ingenzi z’iterambere ry’u Rwanda kandi birangira bigiriye inyungu n’u Bufaransa. Ubufatanye ni ingenzi cyane, turashaka kubwubakiraho tugasiga aya mateka mabi yacu inyuma hanyuma tukareba imbere. Ibyo ni byo u Rwanda ruhanze amaso.”

    Perezida Kagame yagarutse ku zindi ngingo zirimo ishoramari, avuga ko “Afurika ikeneye umutekano” kugira ngo abashoramari bagire icyizere cyo kuzana umutungo wabo muri Afurika.

    Umukuru w’Igihugu kandi yavuze Amasezerano y’Isoko Rusange rya Afurika azafasha mu kuzamura umusaruro w’ubucuruzi imbere mu bihugu bya Afurika.

    Perezida Kagame yavuze ko uruzindiko rwa Perezida Macron w’u Bufaransa mu Rwanda rwashimangiye ukuri kw’amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

  • Dr Ngamije yavuze ku bushobozi bwo kwita ku barwaye Covid-19 na virusi nshya yayo yabonetse – #rwanda #RwOT

    Ni nyuma y’uko Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yateranye ku wa Mbere tariki 21 Kamena 2021, iyobowe n’Umukuru w’Igihugu yafatiwemo imyanzuro irimo ingamba nshya zo kwirinda ikwirakwira rya Covid-19, zirimo amasaha abantu badakwiye kurenza bataragera mu ngo zabo ndetse no guhagarika ingendo zihuza Umujyi wa Kigali n’intara ndetse n’izihuza uturere.

    Muri rusange mu byemezo bikomeye byayifatiwemo harimo ko ingendo zibujijwe guhera saa Moya z’ijoro kugeza saa Kumi za mu gitondo mu gihe ibikorwa byose byemerewe gukomeza bizajya bifunga saa Kumi n’ebyiri z’ijoro.

    Minisitiri w’Ubuzima, Dr Ngamije Daniel, mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, yavuze ko kugeza ubu nko mu Mujyi wa Kigali hari inyubako zihuriramo abantu benshi nka CHICK, MIC mu isoko ndetse no mu mavuriro yaba ayigenga ndetse n’akorana na leta hagiye hagaragara abantu benshi banduye Covid-19.

    Minisitiri Dr Ngamije yabwiye RBA ko Guverinoma yahisemo kubaganya amasaha y’ingendo igamije no kugabanya urujya n’uruza mu masaha y’umugoroba kuko aribwo akenshi usanga abantu bakora ibikorwa birimo ubusabane haba mu miryango n’ahandi, bityo bigatuma habaho kwanduzanya Covid-19.

    Ati “Ingamba zafashwe ni uko Covid-19 yandura kubera ko abantu bari mu rujya n’uruza, abanduye bakanduza abandi kubera ko bose baba badohotse ku mabwiriza yo kwirinda, icyemezo cyo kugira ngo urujya n’uruza rw’abantu ruhagarare hakiri kare ni uko amasaha ya nimugoroba aribwo wasangaga bavuye mu kazi bafite aho bahitira hatandukanye, ahazwi n’ahatazwi, bakajya mu busabane butandukanye bigatuma habaho kwanduzanya.”

    Ese hari ubushobozi bwo kwita ku barwayi ba Covid-19?

    Kuva ku wa 4 Kamena 2021, imibare y’abandura Covid-19, yiyongera ubutitsa, ibi kandi bikajyana n’umubare w’abarembeye mu Bitaro ndetse n’ibigo byagenewe kwita ku barwayi b’iki cyorezo. Umubare w’abarwayi n’abarembye kandi ujyana n’abahitanwa n’iki cyorezo kuko kuva icyo gihe bariyongereye bikabije.

    Imibare ya Minisiteri y’Ubuzima y’uko icyorezo gihagaze umunsi ku munsi igaragaza ko uhereye nko ku wa 11 Kamena ukageza ku wa 20 Kamena 2021, mu gihugu hose hari hamaze kuboneka ubwandu bw’abantu 3153.

    Ni mu gihe mu masaha 24 yari ashize ku wa 21 Kemena 2021, abantu batandatu barimo n’uruhinja bishwe na Coronavirus naho abacyanduye baba 622.

    Mu mpera z’icyumweru gishize, Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko kubera ubwiyongere budasanzwe bw’abarwayi bashya ba COVID-19, ikigo nderabuzima cya Kanyinya cyamaze gutegurwa kugira ngo cyongere kwakira abarwayi b’icyo cyorezo kuko ibitaro bya Nyarugenge bisanzwe bibakira bigiye kuzura.

    Minisitiri Dr Ngamije yavuze ko kugeza ubu ibijyanye n’ubushobozi bwo kwita ku barwayi bwongerewe baba abavurirwa mu ngo zabo, abajyanwa mu Bitaro by’Uturere ndetse n’abajyanwa mu bigo byabugenewe birimo Kanyinya, Gatenga na Nyarugenge.

    Ati “Umuntu yavuga ko ubushobozi twari dusanganywe mu kwita ku banduye Covid-19, twagerageje no kubwongera ku buryo mu bitaro byose ufite ikibazo yakwitabaza ibitaro bimwegereye ahereye ku kigo nderabuzima kikaba cyamwohereza ku bitaro by’akarere, hari ibyumba biteganyijwe byo kwakira abantu bafite ibimenyetso bikaze cyangwa bidasanzwe bya Covid-19.”

    Yakomeje avuga ko uretse ibi bigo bisanzwe bizwi mu Mujyi wa Kigali ariko n’ahandi bihari kandi byahawe abaganga bihariye bashinzwe kwita ku barwayi ba Covid-19.

    Mu Burasirazuba, mu Bitaro bya Kibungo kirahari, I Kinihira na Ruhengeri mu Majyaruguru, mu bitaro bya Karongi mu Burengerazuba ndetse no mu bitaro bya CHUB n’ibya Kagbayi mu Ntara y’Amajyepfo.

    Minisitiri Dr Ngamije ati “Ku buryo twumva abafite ibimenyetso bidasanzwe, guhumeka nabi, gucika intege bere kuguma mu ngo zabo bajye ku bigo nderabuzima bibohereze ku bitaro twiteguye kubakira.”

    Yakomeje agira ati “Ikindi ni uko abarwayi navuga barembye cyane bakunda gukenera umwuka n’imiti, hari imiti dusanzwe dutanga ku bantu barwaye Covid-19, iyo miti iri mu bitaro byose by’igihugu, umwuka nawo turawutanga iyo bibaye ngombwa tukaba turimo no kongera ubushobozi bwo kuwukora ku buryo twabasha guhangana n’ubwiyongere bw’abarwayi.”

    Hari abavuye hanze basanganywe virusi nshya

    Mu bihugu bitandukanye byo ku Isi nk’u Bwongereza, u Buhinde n’ahandi hagiye hagaragara ubwoko bushya bwa Virus ya Covid-19, ni virusi yandura mu buryo bukomeye ugereranyije n’isanzwe ndetse n’uburyo bwo kwicamo abantu buba butandukanye.

    Mu minsi ishize, muri Uganda hagaragaye ubwoko bushya bwa Coronavirus bwitwa Delta Plus, ikaba ari nayo ntandaro y’uko icyo gihugu kiri kubona imibare iri hejuru y’abandura.

    Abahanga bagaragaza ko ari virusi ikwirakwira mu buryo bwikubye inshuro enye ugereranyine n’iya mbere yaturutse Wuhan mu Bushinwa. Ikindi kandi iyi virusi yica abantu vuba mu buryo bwikubye inshuro ebyiri.

    Minisitiri Dr Ngamije yavuze ko mu Rwanda hakomeje gufatwa ibipimo kugira ngo hagenzurwe niba nta bwoko bwayo bushya buri mu gihugu ndetse kugeza ubu abamaze kubugaragaraho bagiye bafatirwa ku Kibuga cy’Indege.

    Ati “Bake cyane twabonye bafite ubu bwoko bushya bwa Coronavirus ni abavuye hanze kandi tubapimira ku kibuga cy’indege ku buryo butigeze bukwirakwira mu baturage.”

    Yakomeje agira ati “Hari ibipimo turimo gufata muri iyi minsi kugira ngo turebe niba hari ubwoko bushya bwo mu Buhinde, bwa Coronavirus Delta, niba bwaba bwarageze mu gihugu, ariko kugeza ubu nta bimenyetso biratwereka ko bwaba buhari.”

    Minisitiri Dr Ngamije yavuze ko abantu bakwiye kwirinda cyane kuko uburyo iyi virusi yihinduranya bikomeye cyane ndetse bishoboka ko hazaza n’ubundi bwoko bushya.

    Minisitiri Dr Ngamije Daniel yavuze ko u Rwanda rufite ubushobozi buhagije bwo kwita ku barwayi ba Covid-19