Tag: featured

  • Banki y’Isi yahaye u Rwanda inkunga ya miliyoni 20$; dore uko izakoreshwa – #rwanda #RwOT

    Iyi nkunga izashyirwa mu mushinga wiswe ‘Jya Mbere’ ugamije guteza imbere impunzi n’abaturage bazakiriye cyane ko baba basangiye ibibazo birimo ubushomeri, ubucucike mu mashuri ndetse n’amikoro make, ibintu byanatejwe umurindi n’icyorezo cya Covid-19 cyagize ingaruka cyane ku buzima bw’impunzi kuko bamwe mu baziteraga inkunga bazihagaritse.

    Banki y’Isi ivuga ko iyi nkunga izafasha mu gutanga akazi binyuze mu bikorwa bitandukanye birimo guteza imbere imishinga y’ubucuruzi, gutanga amasomo y’imyuga n’ubumenyingiro, gufasha serivisi z’ubuvuzi n’ibindi.

    Umuyobozi Mukuru ushinzwe iterambere muri Banki y’Isi, Matthew Stephens, yavuze ko iyi nkunga izafasha impunzi n’abaturage bazakiriye kwigobotora ibibazo batejwe n’icyorezo cya Coronavirus, haba mu bikorwa bijyanye n’ubuzima, uburezi ndetse n’ubukungu.

    Yagize ati “Gufasha imishinga y’ubucuruzi ni ingenzi cyane bitewe n’uko imwe n’imwe yagiye igira ibibazo byatejwe na za Guma mu rugo zashyizweho kubera icyorezo cya Covid-19.”

    Iyi nkunga izafasha abatuye mu duce tw’imijyi y’Uturere twa Huye, Bugesera n’Umujyi wa Kigali bafite imishinga y’ubucuruzi, aho bazongererwa ubushobozi ndetse banahabwe amahugurwa azabafasha gukora ubucuruzi bwabo mu buryo buteye imbere

    Banki y’Isi kandi yatangaje ko iyi nkunga izateza imbere serivisi z’ubuvuzi mu bitaro by’Uturere twa Gatsibo na Kirehe, yifashishwe mu gusana no kubaka ibigonderabuzima, amashuri ndetse n’imishinga itanga amazi.

    Uhagarariye Banki y’Isi mu Rwanda, Rolande Pryce, yavuze ko iyi banki yifuza gufasha u Rwanda guhangana n’ingaruka icyorezo cya Covid-19 cyateje ku bukungu no ku mibereho y’abaturage muri rusange.

    Yagize ati “Iyi nkunga ya miliyoni 20$ ihawe umushinga wa ’Jya Mbere’ ni kimwe mu bigize inkunga Banki y’Isi yageneye Guverinoma y’u Rwanda ingana na miliyoni 350$, kugira ngo ibashe guhangana n’ingaruka z’icyorezo cya Covid-19.”

    “Harimo no gufasha impunzi ndetse n’abaturage bazakiriye by’umwihariko, cyane ko u Rwanda rumaze kuba intengarugero mu kwakira impunzi zije zirusanga.”

    Uyu mushinga wa ‘Jya Mbere’ umaze imyaka irenga ibiri ugiyeho mu rwego rwo gufasha impunzi n’abaturage baturanye nazo, umaze gufasha abagera ku 450.000 kugera kuri serivisi z’ubuvuzi, uburezi ndetse n’amazi meza.

    Kugeza ubu mu Rwanda habarirwa impunzi zigera ku 125.000 ziherereye mu nkambi za Nyabiheke, Gihembe, Mugombwa, Kiziba, Kigeme, Mahama na Gashora ndetse hari n’iziri mu mu duce tw’imijyi hirya no hino mu gihugu.


  • Menya imijyi ihenda abatari ba kavukire kurusha indi ku Isi (Amafoto) – #rwanda #RwOT

    Uru rutonde rukorwa hashingiwe ku biciro by’ibintu nkenerwa mu mijyi, birimo uburyo bwo kubona akazi, ibiciro by’ibibwa, gukodesha inzu, ibiciro by’ingendo, ibiciro by’itumanaho, amashanyarazi, amazi n’ibindi bintu birenga 200 bikenerwa kugira ngo ubuzima bw’abatuye umujyi bugende neza.

    Muri uyu mwaka wa 2021, Ashgabat, Umurwa Mukuru wa Turkmenistan, waje ku mwanya wa mbere mu mijyi ihenze, usimbuye Umujyi wa Hong Kong wari umaze itatu uri ku mwanya wa mbere kuri urwo rutonde.

    Ibi byatewe n’uko ibiciro by’ibintu nkenerwa birimo ibiribwa n’inzu zo kubamo byazamutse, bitewe n’ihungabana ry’ubukungu icyo gihugu kimazemo imyaka myinshi kuva mu 2014 ubwo ibiciro bya gas byamanukaga cyane, bigatuma amadolari icyo gihugu gifite nayo agabanuka, bityo ubukungu bukazamba.

    Umujyi wa Beirut muri Lebanon waje ku mwanya wa gatatu uvuye kuwa 45, bitewe n’ihungabana ry’ubukungu ndetse n’iturika ry’icyambu riherutse kuba mu 2020.

    Tokyo mu Buyapani, Umujyi uzakira imikino ya Olempike y’uyu mwaka, waje ku mwanya wa kane, ukurikirwa na Zurich mu Busuwisi, Shanghai mu Bushinwa yaje ku mwanya wa gatandatu mu gihe Singapore yaje ku mwanya wa karindwi.

    Umujyi wa Geneva wo mu Busuwisi waje ku mwanya wa munani, Beijing mu Bushinwa iza ku mwanya wa cyenda mu gihe Bern, nawo wo mu Busuwisi waje ku mwanya wa 10.

    Bitewe n’uko ifaranga rikoreshwa mu Burayi, Euro, ryazamuye agaciro ka 11% ugereranyije n’idolari rya Amerika, imijyi yo mu Burayi iri hejuru y’iyo muri Amerika mu guhenda abimukira.

    Ibi byatumye imijyi nka New York izamuka iva mu 10 ya mbere, mu gihe Paris yavuye ku mwanya wa 50 ikaba iya 33.

    Imijyi ihendutse kuri uru rutonde rw’imijyi 209 ni Tbilisi wo muri Georgia, ukaba uri ku mwanya wa 207, Lusaka wo muri Zambia uri ku mwanya wa 208 na Bishkek wo muri Kyrgyzstan usoza uru rutonde.

    Ashgabat, Umurwa Mukuru wa Turkmenistan, waje ku mwanya wa mbere mu mijyi ihenze

    Hong Kong yaje ku mwanya wa kabiri mu miyj ihenze ku Isi, nyuma y’uko yari imaze imyaka itatu ari iya mbere

    Beirut, Umurwa Mukuru wa Lebanon, waje ku mwanya wa gatatu uvuye kuwa 45 mu mijyi ihenze ku Isi. Byatewe n’iturika ry’icyambu ryabayeho mu 2020 rikangiza ibikorwa remezo byinshi

    Tokyo, Umurwa Mukuru w’u Buyapani, utuyemo miliyoni zirenga 30, uri mu mijyi ihenze ku Isi

    Zürich mu Busuwisi ni umwe mu mijyi ihenze mu Burayi

    Shanghai mu Bushinwa ni umujyi uhenze kurushs indi muri icyo gihugu

    Singapore ni umwe mu mijyi ituwemo cyane ku rwego rw’Isi

    Genève ni umwe mu mijyi ihenze kandi iteye neza ku Mugabane w’u Burayi

    Beijing, Umurwa Mukuru w’u Bushinwa, uza mu mijyi ihenze ku Isi

    Bern, umujyi uzwiho gukurura ba mukerarugendo mu Busuwisi, uri mu mijyi 10 ihenze ku Isi

    [email protected]


  • Kayonza: Umusore w’imyaka 35 yapfuye urupfu rudasobanutse – #rwanda #RwOT

    Byabereye mu Mudugudu wa Bitoma mu Kagari ka Cyinzovu mu Murenge wa Kabarondo mu ijoro ryakeye ariko bimenyekana mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kabarondo, Kagabo Jean Paul, yabwiye IGIHE ko byamenyekanye ubwo undi munyonzi mugenzi we yajyaga kumukomangira ngo bajye mu kazi agasanga urugi rufungiwemo imbere yahamagara uwo musore ntamwitabe ni ko gushaka abayobozi bo ku Mudugudu bafatanya kwica urugi.

    Ati “ Ni umusore uri mu kigero cy’imyaka nka 35 yatashye rero ku mugoroba ajya guteka kuko aribana asanzwe ari umunyonzi, iwe mu rugo afite imbabura ikoreshwa n’amashanyarazi ubundi ikanajyaho amakara, yatashye rero ateka akinze ku nzu, twasanze umuceri wahiye, yari atetse imboga, uko bigaragara ko ashobora kuba yirambitse akabura umwuka.”

    Gitifu Kagabo yavuze ko mu bigaragara iyi mbabura ishobora kuba ariyo yamucuze umwuka ngo kuko basanze yari yirambitse ku buriri imbabura icyaka.

    Uyu muyobozi yagiriye inama abaturage kwirinda gutekera mu nzu bararamo ngo kuko akenshi usanga umwuka ubura aho uca bikaba byateza ibibazo nk’ibyabaye kuri uyu musore.

    Ati “ Abantu nibirinde gutekera mu nzu babamo, batekere mu bikoni byabugenewe, ikindi birinde kuzana imbabura mu cyumba bararamo hari ubwo umuntu ashobora kuba yakonje akayijyana mu cyumba, birinde kandi kuryama buji yaka kuko nayo yabakururira ibibazo.”

    Kuri ubu umurambo wa nyakwigendera ugiye kujyanwa mu bitaro bya Rwinkwavu kugira ngo ukorerwe isuzuma mbere yo gushyingurwa.


  • Perezida Kagame na Tshisekedi bagiye guhurira i Rubavu n’i Goma – #rwanda #RwOT

    Ibiro by’Umukuru w’Igihugu byatangaje ko kuri uyu wa Gatanu Perezida Kagame aza kwakira Tshisekedi ku mupaka wa La Corniche. Bombi baraza gusura Umujyi wa Rubavu bareba ingaruka z’iruka ry’ikirunga cya Nyiragongo.

    Ku wa Gatandatu, Perezida Kagame nawe azasura mugenzi we i Goma, azenguruke muri uyu mujyi areba ibikorwa remezo byangijwe n’iki kirunga mbere y’uko bagirana ibiganiro.

    Intumwa z’ibihugu byombi byitezwe ko zizashyira umukono ku masezerano agamije gushimangira umubano mwiza usanzwe hagati y’ibihugu.

    Ku rundi ruhande, hateganyijwe ikiganiro n’abanyamakuru kizasoza ibi bikorwa by’abakuru b’ibihugu byombi. Kizaba ku wa Gatandatu.

    Hashize iminsi itatu mu Mujyi wa Rubavu hari ibikorwa byo kwitegura uru ruzinduko. Umunyamakuru wa IGIHE uri i Rubavu yatangaje ko muri iyi minsi, muri uyu mujyi hari hakajijwe ibikorwa by’isuku bica amarenga ko hari igikorwa kidasanzwe cyiteguwe.

    Ni mu gihe kandi inzego zishinzwe umutekano nazo zagaragaraga muri uyu mujyi ku bwinshi zitegura uru ruzinduko rw’abakuru b’ibihugu byombi.

    Mu ijoro ryo ku wa 22 Gicurasi 2021 ni bwo ikirunga cya Nyiragongo cyongeye kuruka nyuma y’uko cyaherukaga mu 2002.

    Mu byangijwe n’iki kirunga ku ruhande rw’u Rwanda harimo inzu zirenga 267 zasenyutse kubera umutingito, izindi 859 zirangirika.

    Uretse inzu z’abaturage, umuhanda wa kaburimbo ugana ku mupaka uhuza u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo warangiritse, umusigiti n’ibigo by’amashuri na byo birangirika n’ibindi.

    Ikindi ni uko hegitari eshatu zakorerwagaho imirimo y’ubuhinzi mu Karere ka Rubavu gahana imbibi na RDC zangiritse bikomeye.

    Ku ruhande rwa RDC, imwe mu miyoboro y’amashanyarazi yarangiritse bituma u Rwanda rugira uruhare mu gucanira uyu muturanyi warwo.

    Umuyobozi w’ishami rya REG i Rubavu, Butera Laurent, aherutse gutangaza ko bagobotse abatuye i Goma ubwo ikirunga cya Nyiragongo cyarukaga kikangiza ibikorwaremezo byaho.

    Ati “Ikirunga cyasenye imiyoboro myinshi ijyana amashanyarazi mu gice kinini cy’Umujyi wa Goma. Badusabye ubutabazi bwihuse bwo kugira ngo tube tubacaniye mu gihe bagitegereje gusana imiyoboro yangiritse. Twahise tubacanira byihuse twifashishije umuyoboro wacu ugera ku mupaka wa “petite barrière”.

    Uko kugoboka Goma kwatumye ibikorwa byinshi bidahagarara nk’aho amahoteli yakomeje imirimo yayo, ibitaro bigakomeza gukora, iminara y’itumanaho n’ibindi byinshi.

    Ubwo iki kirunga cyarukaga, Abanye-Congo barenga ibihumbi 10 bahungiye mu Rwanda, bakihagera bakirwa neza, barafashwa bahabwa ibyo kurya, bashyirirwaho inkambi, banarindwa icyorezo cya Covid-19 gikomeje guca ibintu.

    Perezida Tshisekedi yaherukaga mu Rwanda ku wa 21 Gashyantare 2020 ubwo yitabiraga Inama y’ubuhuza yari irimo na mugenzi we wa Angola ku kibazo cy’u Rwanda na Uganda. Ni bwo bwa mbere abakuru b’ibihugu byombi bagiye guhurira ku mupaka y’ibihugu byabo.

    Hashize iminsi mu Mujyi wa Rubavu harakajijwe ibikorwa by’isuku, ibintu byacaga amarenga ku ruzinduko rw’umuyobozi ukomeye

    Mu duce dutandukanye twa Rubavu hakorwaga isuku kuva ku wa Kabiri

  • Perezida Kagame na Tshisekedi bari mu ruzinduko ku mupaka w’u Rwanda na DR Congo #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Perezida Kagame aha yari yakiriye mu biro bye Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo tariki 21 Gashyantare 2020
    Perezida Kagame aha yari yakiriye mu biro bye Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo tariki 21 Gashyantare 2020

    Ni gahunda y’iminsi ibiri aho kuri uyu wa Gatanu tariki 25 Kamena 2021, Perezida Tshisekedi ari we waje Rwanda. Biteganyijwe ko abakuru b’ibihugu byombi basura ibice bitandukanye by’Umujyi wa Rubavu bagamije kureba ibyangijwe n’umutingito uherutse gukurikira iruka ry’ikirunga cya Nyiragongo. Nyuma yo gusura aho hantu, abakuru b’ibihugu byombi baragirana ibiganiro.

    Ku munsi w’ejo ku wa Gatandatu tariki 26 Kamena 2021, Perezida Kagame na we azerekeza i Goma muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo aho azakirwa na Perezida w’icyo gihugu Félix Tshisekedi. Abakuru b’ibihugu byombi bazatembera mu bice bitandukanye bya Goma kugira ngo barebe ibyangijwe n’imitingito, nyuma yahoo bagirane ibiganiro.

    Biteganyijwe kandi ko abari muri urwo ruzinduko ku mpande z’ibihugu byombi bazashyira umukono ku masezerano atandukanye agamije kurushaho kunoza umubano w’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.


  • Menya ibiribwa n’intungamubiri by’ingenzi bifasha guhangana na ‘depression’ #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Wakwibaza isano iri hagati y’imirire na depression, ariko ni ntashidikanywa kuko amafunguro yihariye ku muntu urwaye depression afasha kuzamurira umurwayi morale, kuringaniza no kuguma ku biro bikwiriye, gufasha no kuringaniza imikorere myiza y’ubwonko.

    Ubushakashatsi bwakozwe bugaragaza urutonde rw’amatsinda y’ibiribwa na za vitamine bifasha urwaye depression guhangana nayo, cyokora izi nama ntiziba zije kukubuza kugana muganga.

    Ni byiza gufata amafunguro akungahaye kuri:
    - Omega3
    - Vitamine zo mu bwoko bwa B
    - Tryptophane
    - Kwirinda ibiribwa bitunganyirizwa mu nganda

    Ibiribwa bikize kuri Omega-3

    Ikunze kuboneka mu biribwa byo mu mazi. Igarama rimwe (1g) ku munsi rirahagije, hibandwa cyane cyane ku zikomoka ku mafi.

    Ibiribwa bikize kuri N-acetylcysteine

    Iyi Vitamine ihindurwa n’umubiri mo amino acid z’ingenzi cyane nka L-cysteine na glutathione zizwiho kugabanya depression cyane.

    Iyi N-acetylcysteine iboneka cyane mu bishyimbo, inkori, epinari, imineke, amafi ya salmon na tuna.

    Ibiribwa bikize kuri Vitamin D

    Vitamin D irwanya depression binyuze mu buryo bwinshi, harimo kugabanya ububyimbirwe, kuringaniza ibyiyumviro no kurinda imikorere mibi y’imyakura yo mu bwonko.

    Ibiribwa bikize kuri vitamines za B

    Vitamines za B zigira uruhare rukomeye cyane mu mikorere y’imyakura no kuringaniza uko umuntu yiyumva. Vitamins B harimo folic acid, B12, B9 na B6 zirakenewe mu gukora no kuringaniza imyakura ntaramakuru mu bwonko izwi nka neurotransmitters.

    Ubushakashatsi bwagaragaje ko iyo vitamin B12 na folic acid zabaye nkeya, bizamura ibyago byo kurwara depression.

    Ibiribwa bikize kuri zinc

    Zinc ni umunyungugu ukenewe mu buzima bw’ubwonko, no kuringaniza neurotransmitters. Kubura kwa zinc bihuzwa cyane no kwiyongera kw’ibyago byo kugira depression, nk’uko tubisanga ku rubuga www.passeportsante.net

  • Ukuri kuri Gaz bivugwa ko yazamutse mu kiyaga cya Kivu #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ikibazo cy’umwuka mubi wa CO2 ubarizwa mu kigobe cya Kabuno, ubu gihangayikishije abatuye mu mujyi wa Goma muri Kivu y’Amajyaruguru no mu nkengero zaho, kubera iyo Gaz irimo kuzamuka yegera abaturage.

    Minisitiri ushinzwe ibikomoka kuri Peteroli Didier Budimbu yabwiye itangazamakuru rikorera muri RDC ko hatagize igikorwa iyo Gaz ishobora guturika ikaba yahitana ubuzima bw’abaturage barenga miliyoni, ndetse ikaba imwe mu mpamvu abayobozi bahereyeho mu gihe cy’iruka ry’ikirunga cya Nyiragongo bavuga ko kiramutse kirukiye mu kiyaga cya Kivu hari benshi babura ubuzima bitewe n’iyo myuka yahura n’amazuku avuye mu kirunga bakabasaba guhunga umujyi wa Goma.

    Minisitiri Budimbu ati “Ni ibyo kwitondera, ni CO2 iri hafi munsi ya metero 20 uvuye hejuru, ku buryo haramutse habayeho umuriro habaho guturika ku buryo hatabayeho umuyaga mwinshi uyitwara yahita yiroha mu mujyi wa Goma igahitana abahatuye”.

    Minisitiri Budimbu avuga ko guca intege iyi Gaz iri muri Kabuno igakurwamo bisaba nibura miliyoni 5.5 by’Amadolari ya Amerika.

    Ati “Leta irimo gushaka uburyo bwihuse kugira ngo ibikoresho byakenerwa mu guca intege iyo Gaz bikorwa vuba”.

    Umushakashatsi w’Umufaransa Michel Halbwachs akaba umwarimu w’ubugenge muri Kaminuza ya Savoie, ni we watsindiye isoko ryo gukura Gaz ya CO2 mu kigobe cya Kabuno.

    Uyu mushakashatsi ari mu bagize uruhare mu guca intege CO2 yari mu kiyaga cya Nyos mu gihugu cya Cameroon cyahitanye abantu 18,100 mu mwaka wa 1986 ubwo iyo Gaz yaturikaga, avuga ko Gaz iri muri Kabuno ikubye inshuro 10 iya Nyos.

    Ati “Ikiyaga cya Nyos cyahitanye abantu 18,100 ariko Gaz iri muri Kabuno ikubye inshuro zirenga 10 iya Nyos, ibintu birakomeye hatagize igikorwa, ariko ibikorwa byo kuyitumura bitangiye mu myaka itanu nta kibazo kizaba gihari, kabone n’iyo ikirunga cyaruka kikagera muri Kabuno nta Gaz yaturika”.

    Uwo mushakashatsi avuga ko n’ubwo ikigobe cya Kabuno gifatanye n’ikiyaga cya Kivu, imyuka iri munda yacyo nta kibazo iteye kuko iri mu nda y’ikiyaga, kure y’ubuzima bw’abantu ndetse bitoroshye ko n’ikirunga cyaruka ngo kihageze.

    Leta ya Congo kubera gutinya ingaruka ziturika ry’imyuka iri mu kiyaga cya Kivu, Rubens Mikindo wari umunyamabanga wa Leta ushinzwe ibikomoka kuri Peteroli tariki ya 25 Mutarama 20021 yatangije ibikorwa byo gukura CO2 mu kigobe cya Kabuno.

    Ibikorwa byo gukura CO2 mu kigobe cya Kabuno biteganyijwe ko bizatumura miliyoni 160 m³ za CO2 ibangamiye ubuzima bw’abatuye umujyi wa Goma no mu nkengero zawo.

    Michel Halbwachs ufite ikigo cyitwa Limnological Engineering cyahawe isoko ryo gukura CO2 muri Kabuno kuva 2018, avuga ko bafite ubushobozi bwo gukiza abatuye umujyi wa Goma iyi Gaz.

    Agira ati “Dufite ubushobozi ku bijyanye no gukura CO2 mu kiyaga, kuko tumaze imyaka 25 tubikoze mu kiyaga cya Nyos, ndetse twabikoze mu kiyaga cya Monoun muri Cameroon na cyo cyahitanye ubuzima bw’abantu mu 1984”.

    Ibiyaga nka Nyos, Kabuno na Monoun ni byo byagaragaje ingaruka ku buzima bw’abantu ndetse bikaba bigenda bifashwa gukurwamo imyuka.

    Halbwachs avuga ko bazubaka station ikura Gaz mu mazi ikayizamura mu kirere itagize ingaruka ku buzima bw’abantu ku buryo mu myaka itanu izaba imaze gukurwa mu kigobe cya Kabuno ntiyongere gutera ikibazo.

    Uretse ikigobe cya Kabuno kibonekamo CO2, mu kiyaga cya Kivu cyegeranye na Kabuno, kibarirwamo CO2 ingana na miliyari metero kibe “300 m3”, miliyari 60 m3 za Gaz methane zishobora kubyara izindi miliyoni 120 m3 kugera kuri 250 m3 buri mwaka uko zagenda zicukurwa.

    Gaz methane yo mu kiyaga cya Kivu yatangiye gucukurwa kuva 1963 n’ikigo kitwa Union Chimique cy’Ababiligi, cyakoreraga ahitwa Rubona mu Karere ka Rubavu.

    Abashakashatsi batangaza ko Gaz methane iri mu kiyaga cya Kivu ishobora gutanga ingufu z’amashanyarazi zingana na Megawatt 700 mu gihe cy’imyaka 55.

  • Muhamed yishimiye inzu yahawe itumye atazongera kurarana n’abana #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Bahawe inzu nziza baniyemeza kuzazifata neza
    Bahawe inzu nziza baniyemeza kuzazifata neza

    Kadaffi Muhamed hamwe n’abandi baturage umunani bahawe inzu n’ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu mu Murenge wa Bugeshi akagari ka Hehu, ni umudugudu utujwemo abasangwabutaka, ariko bamwe inzu zari zarabasenyukiyeho babura aho kuba bacumbikirwa n’abaturanyi babo.

    Kadaffi Muhamed wahawe inzu y’ibyumba bibiri irimo n’ibikoresho byo mu nzu, avuga ko inzu yahawe imukuye mu kaga.

    Agira ati “Inzu ni umutamenwa, twari dusanzwe tuba mu nzu z’imbaho na bwo inzu y’ibyumba bibiri tukayihuriramo turi imiryango ibiri, byari ikibazo gikomeye ku muntu w’umugabo kugira ngo uganire n’umugore uryamanye n’abana”.

    Muhamed yahawe n
    Muhamed yahawe n’ibikoresho bitandukanye byo mu nzu

    Muhamed ufite abana bane n’umugore avuga ko ubuzima bari babayeho butari buboroheye kuko inzu bari basanganywe yasenywe n’umuyaga bakajya gucumbika.

    Ati “Inzu yacu yari yarasenywe n’umuyaga tujya gucumbika ariko na bwo bigoye, ubu rero turashima Perezida Kagame ugiye kudutuza mu nzu y’umutamenwa, ni bwo bwa mbere ngiye kuba mu nzu ya sima”.

    Ahishakiye Furaha ni umubyeyi w’abana batandatu, na we yashyikirijwe inzu yo guturamo nyuma y’imyaka aba mu nzu iva.

    Ati “Nabagaho mu nzu irengerwa n’amazi ari ikirangarizwa, none bampaye inzu ngari ntari narabashije kwiyubakira, ndashima Leta yanzirikanye ikangenera na matera n’ibyo gutunga umuryango, ndizeza ubuyobozi ko nzayifata neza kandi icyo nzasabwa gukora nzagikora”.

    Henshi mu Rwanda abasangwabutaka aho bahawe amazu bashinjwa kutayafata neza, icyakora abatuye i Bugeshi bavuga ko bazi agaciro k’inzu bahawe kuko bari bazikeneye.

    Umuryango wa Muhamed wahawe inzu n
    Umuryango wa Muhamed wahawe inzu n’ibikoresho

    Cyamakara Jean Pierre avuga ko n’ubwo atazi gukoropa agiye kubyiga ku girango inzu yahawe azayifate neza.

    Ati “Izi nzu tuzibonye twari tuzibabaye, tuzazifata neza ndetse tuzigirire isuku kugira ngo zitagira ikibazo tukaba twazibura”.

    Ishimwe Pacifique umuyobozi w’Akarere ka Rubavu wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, avuga ko abahawe inzu bari babayeho mu buzima butari bwiza.

    Ati “Bari babayeho mu buzima butari bwiza, inzu babamo zarashaje zitabereye Umunyarwanda mu gihe tugezemo, kububakira biri mu mihigo, tukaba tubatuje mu mudugudu w’imiryango 45, kandi na bo babanaga inzu tuzazivugurura zirusheho kuba nziza”.

    Ishimwe avuga ko mu karere bubakiye 122, hasanwa 698, hubatswe ubwiherero 110 hagasanwa 830. Avuga kandi ko ibirebana n’abahabwa inzu bakazicana cyangwa bakazangiza bitazasubira.

    Abasangwabutaka bahawe inka zibafasha kurwanya imirire mibi bakaniteza imbere
    Abasangwabutaka bahawe inka zibafasha kurwanya imirire mibi bakaniteza imbere

    Ati “Mu bibazo twakemuye ni ukubakisha ibikoresho bikomeye ndetse inzu irimo sima ituma abaturage batazicanamo no gucana bimwe mu bizubatse, icyo tuzakomeza kubafasha ni ukugira imibereho myiza begerezwa amajyambere nk’amashanyarazi n’imirasire y’izuba”.

    Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu buvuga ko bwakoze iki gikorwa mu rwego rwo kwesa imihigo y’umwaka wa 2020-2021 bwari bwahize mu gukemura ibibazo bibangamiye imibereho myiza y’abaturage.

    Inzu ishaje Muhamed n
    Inzu ishaje Muhamed n’umuryango we babagamo


  • Padiri Mukuru wa Paruwasi ya Rwamagana yatawe muri yombi – #rwanda #RwOT

    Umuvugizi wa RIB, Dr. Murangira B. Thierry, yemereye IGIHE ko uyu mupadiri yatawe muri yombi.

    Yagize ati “Padiri Mukuru wa Paruwasi ya Rwamagana afunzwe na RIB, akurikiranyweho kubika amafaranga menshi yari yibwe n’abantu. Ubu arafunze mu gihe iperereza riri gukorwa.’’

    Amwe mu makuru ava mu baturage bo mu Karere ka Rwamagana avuga ko kuva ku Cyumweru aribwo abantu batandukanye batangiye gutabwa muri yombi, hari urugo rw’umwe mu baturage akanaba bene wabo n’uwo mupadiri rwasanzwemo amafaranga menshi.

    Iperereza ngo ryarakomeje birangira bagiye gusaka uyu mupadiri na we asanganwa amafaranga menshi bivugwa ko yari yibwe nawe ahita atabwa muri yombi.

    Bivugwa ko umwe mu bafitanye isano na Padiri wari wanamusuye akanarara iwe ariwe wibye ayo mafaranga aza kuyabitsa uwo mupadiri ukuriye Paruwasi ya Rwamagana iherereye muri Diyosezi ya Kibungo.


  • Mu Rwanda hari gukorwa isesengura ryihariye ku ihohoterwa rikorerwa abafite ubumuga – #rwanda #RwOT

    Inama y’Igihugu y’Abafite Ubumuga (CNPD) ifatanyije n’Umuryango Nyarwanda w’Abagore bafite Ubumuga (UNABU) bateguye igenzura ku nyubako zakira abahohotewe (Isange One Stop Centers) ziherereye mu bitaro byose byo mu Rwanda hagamijwe kureba niba abafite ubumuga bahohoterwa bazigana ndetse n’uko bakirwa.

    Icyo gukorwa kiri kubera muri Isange One Stop Centers zigera kuri 20 mu gihugu hose cyatangiye ku wa Mbere w’iki cyumweru kizasozwa ku wa Gatanu tariki ya 25 Kamena 2021.

    Mugisha Jacques wari uhagariye itsinda ryakoze isesengura kuri Isange One Stop Center y’Ibitaro by’Akarere ka Huye, yavuze ko nibasoza isesengura bazakusanya amakuru yose bagakora icyegeranyo cyerekana ihohoterwa abafite ubumuga bakorerwa n’icyakorwa ngo rihagarare.

    Yavuze ko aho bamaze kugera hose mu gihugu hari ibyo bamaze kubona. Icya mbere ni uko muri rusange abafite ubumuga batagana Isange One Stop Centers iyo bahohotewe, bitewe no kudasobanukirwa uburenganzira bwabo no kutamenya aho bagana ngo barenganurwe.

    Ati “Abafite ubumuga turabizi barahohoterwa pe! Mu buryo bubabaza umubiri, ubwo ku gitsina n’ubwo ku mutungo. Hari benshi baterwa inda kubera kutumva no kutavuga, ntamenye kubivuga no kubisobanura.”

    Icya kabiri ni uko hari n’abagera kuri Isange One Stop Centers ntibakirwe neza kuko abagomba kubafasha batazi ururimi rw’amarenga cyangwa badafite ubumenyi n’ibikoresho bihagije mu kwita ku bafite ubumuga.

    Icya gatatu bamaze kubona ni uko abafite ubumuga bakorerwa ihohoterwa ririmo kwamburwa imitungo babwirwa ko badashoboye kuyicunga, bagahitamo kwicecekera kandi bakagombye kugana Isange One Stop Centers zikabafasha zikabagira n’inama y’uko barenganurwa.

    Iryo genzura kandi ryerekanye ko hari n’inyubako ziri kubakwa muri iki gihe zidakurikiza amabwiriza yashyizweho yo korohereza abafite umumuga.

    Mugisha yavuze ko nibamara gukusanya amakuru yose bazayashyira hamwe bagakora icyegeranyo kigaragaza uko abafite ubumuga bahohoterwa n’uko bafashwa mu kurenganurwa.

    Ati “Izi Isange One Stop Centers ni igikorwa gikomoka ku byo igihugu cyiyemeje mu nama mpuzamahanga mu 2018 ko mu 2022 Isange One Stop Centers zose zizaba zitanga serivisi zidaheza ku bantu bafite ubumuga. Ubu turimo kureba niba umuhigo igihugu cyiyemeje ku rwego mpuzamahanga hari aho tugeze tuwushyira mu bikorwa.”

    Yavuze ko kandi nibamara gukusanya amakuru yose bazakora inyandiko ikora ubuvugizi ku nzego bireba bitewe n’ibyo bazaba bamaze kubona byose, kugira ngo ahari ibibazo bikemurwe.

    Umukozi uhagarariye Isange One Stop Center mu Bitaro by’Akarere ka Huye, Muribonge Claudine, yavuze ko bakira abahuye n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina, iryo gukubita no gukomeretsa n’irishingiye ku mutungo ndetse n’irishengura umutima.

    Yavuze ko mu kwezi kumwe bakira abantu bagera kuri 70 biganjemo abahuye n’ihohoterwa ryo gukubita no gukomeretsa. Mu bo bakira hari n’abafite ubumuga ariko ni bakeya cyane.

    Imwe mu mbogamizi bafite ikomeye ni uko nta bumenyi buhagije bafite ku kwakira uwahohotewe ufite ubumuga no kumufasha.

    Ati “Hari igihe haza abahuye n’ihohoterwa ariko bafite ubumuga bwo kutavuga no kutumva bagakoresha amarenga, bikatugora kumva ibyo bavuga cyangwa kumenya icyo tubafasha.”

    Yasabye ko abakozi ba Isange One Stop Centers bakwigishwa ururimi rw’amarenga kugira ngo babashe guha abafite ubumuga serivisi nziza kandi hagashyirwaho uburyo bwafasha abafite ubumuga gutabaza igihe bahohotewe bagafashwa kugera ku bitaro.

    Kuva muri Mutarama kugeza muri Kamena 2021 muri Isange One Stop Center y’Ibitaro by’Akarere ka Huye hamaze kwakirwa abahohotewe barenga 300.

    Inama y’Igihugu y’Abafite Ubumuga n’Umuryango Nyarwanda w’Abagore bafite Ubumuga bateguye igenzura ku nyubako zakira abahohotewe ziri mu bitaro byose byo mu Rwanda

    Mugisha Jacques yavuze ko nibasoza isesengura bazakusanya amakuru yose bagakora icyegeranyo cyerekana ihohoterwa abafite ubumuga bakorerwa n’icyakorwa ngo rihagarare

    Umukozi mu Muryango Nyarwanda w’Abagore bafite Ubumuga, Nsengiyumva Claudien

    Umukozi uhagarariye Isange One Stop Center mu Bitaro by’Akarere ka Huye, Muribonge Claudine

    Umukozi w’Akarere ka Huye ushinzwe kwinjiza abafite ubumuga muri gahunda z’Iterambere, Nsabimana Jean Pierre, mu bitabiriye igikorwa cy’ahakorewe iri sesengura

    Umukozi wa RIB muri Isange One Stop Center y’Ibitaro by’Akarere ka Huye, Kantengwa Daria

    Mu Rwanda hari gukorwa isesengura ku ihohoterwa rikorerwa abafite ubumuga

    Kuva muri Mutarama kugeza muri Kamena 2021 muri Isange One Stop Center y’Ibitaro by’Akarere ka Huye hamaze kwakirwa abahohotewe barenga 300

    [email protected]