Tag: featured

  • Nkubiri yahanishijwe gutanga ihazabu – #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa 25 Kamena 2021 nibwo abacamanza mu Rukiko Rwisumbuye rwa Gasabo basomye umwanzuro w’uru rubanza.

    Urukiko rwavuze ko Nkubiri ahamwa n’icyaha cyo gukoresha inyandiko mpimbano, ndetse rutegeka ko ahanishwa gutanga ihazabu ya miliyoni eshatu z’amafaranga y’u Rwanda.

    Urukiko kandi rwategetse Nkubiri Alfred kugarurira Leta y’u Rwanda binyuze muri Minisiteri y’Ubuhinzi, Minagri, amafaranga angana na 1.981.938.194 Frw.

    Uretse aya mafaranga urukiko rwanategetse Nkubiri guha Minagri amafaranga y’ikurikiranarubanza angana na 500 000 Frw, agasonerwa amagarama y’urubanza angana n’ibihumbi 20 Frw.

    Urukiko kandi rwagize umwere Nyiramahoro Théopiste waregwaga icyaha cy’ubufatancyaha mu guhindura inyandiko no gukoresha inyandiko mpimbano, muri iyi dosiye ya Nkubiri.

    Inkuru irambuye mukanya


  • Abofisiye bakuru 32 barangije mu Ishuri Rikuru rya Polisi (Amafoto) – #rwanda #RwOT

    Babisabwe kuri uyu wa 25 Kamena 2021, mu muhango wo gusoza amahugurwa yo ku rwego rwo hejuru azwi nka “Senior Command and Staff Course” kuri ba Ofisiye bakuru ndetse n’amasomo y’Icyiciro cya Gatatu cya Kaminuza mu bijyanye n’amahoro no gukemura amakimbirane [Peace Studies and Conflict Transformation].

    Muri aba 32 barangije amasomo mu cyiciro cya Cyenda, harimo abanyarwanda 25 n’abanyamahanga 7 barimo babiri bo muri Kenya, babiri bo muri Namibia, umwe wo muri Sudani y’Epfo ndetse n’undi umwe wo muri Somalia.

    Abanyeshuri b’Abanyarwanda barangije aya masomo harimo ba Ofisiye bakuru 20 bo muri Polisi y’Igihugu, 3 bo mu Rwego rw’Imfungwa n’Abagororwa, RCS, ndetse n’abandi 2 bo mu Rwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB.

    Minisitiri w’Ubutabera, Busingye Johnston, wari umushyitsi mukuru muri uyu muhango yashimiye Ishuri rya Polisi ku bwo gutanga aya masomo yo ku rwego rwo hejuru mu miyoborere, asaba abayarangije gukora kinyamwuga no gukorera abaturage kuko aricyo inshingano zabo zibasaba.

    Yagize ati “Ubu mwiteguye gukorera abaturage. Abo mugiye gukorera bari mu ngeri zitandukanye, harimo abeza, ababi, ababurabuza ndetse n’abatazwi. Tugomba guhora twibuka ko hari ibyo tugomba ibi byiciro byose kuruta uko bo babitugomba.”

    “Uyu ni umutwaro w’abayobozi ba Polisi, kuri bamwe mufatwa nk’abayobozi beza ku bandi muri abayobozi babi; mutitaye kuri ibyo byose, nk’abayobozi ba polisi, mugomba guha abantu bose serivisi nziza kandi kinyamwuga.”

    Umuyobozi Mukuru w’iri shuri, CP Christophe Bizimungu, yavuze ko mu banyeshuri 32 barangije harimo 31 bize Icyiciro cya Gatatu cya Kaminuza (Masters), 27 muri aba nibo bahawe Impamyabumenyi naho abandi 4 bakazabanza gusubiramo amasomo amwe ku bw’impamvu zitanduknaye.

    Yashimiye aba banyeshuri ku bwo kwiga mu bihe bitoroshye bya Covid-19, gusa abibutsa ko bagomba gukora kinyamwunga bakazana impinduka mu kazi kabo kuko ari byo byatumye bamara umwaka wose biga.

    Yagize ati “Nimusubira mu kazi kanyu, ni ngombwa kwibuka ko mufite inshingano zo gukora neza kandi kinyamwuga. Mufite kandi inshingano zo kuzana impinduka aho mukorera, niyo yaba nto. Aka niko kamaro ko kwiga. Bitabaye ibyo, mwaba mwarataye umwanya igihe cyose mwamaze mwiga, muramutse mutazanye impinduka mu mikorere no mu myitwarire cyangwa ngo mugire icyo mwungura ibigo mukorera na sosiyete mubamo.”

    CP Bizimungu kandi yasabye aba ba Ofisiye kugira ikinyabupfura. Ati “Mu kazi kacu, ikinyabupfura ni ingenzi cyane. Nta kinyabupfura, ubwenge mukuye hano cyangwa mwakuye ahandi ntacyo bwabamarira.”

    Ishuri rikuru rya Polisi ryatangiye gutanga amasomo yo guhugura abapolisi mu 2001 ryitwa “Ishuri rihugura Abapolisi [National Police Academy] nyuma mu 2013 rishyirwa ku rwego rwo hejuru riba Ishuri Rikuru rya Polisi [National Police College], ari nabwo ryatangiye kujya ryakira n’abanyamahanga.

    Kugeza ubu bibarwa ko muri iri shuri hamaze guca abanyeshuri b’abanyamahanga baturutse mu bihugu 22 baje gufata amasomo yo ku rwego rwo hejuru mu by’imiyoborere.

    Mu masomo ahatangirwa harimo atangwa ku bufatanye na Kaminuza y’u Rwanda (UR) harimo ay’ikoranabuhanga mu bya mudasobwa; ajyanye n’ubumenyi bwa siyansi bushyigikira ibikorwa by’amategeko (Forensic Science) n’andi ahesha umuntu impamyabumenyi za Kaminuza mu mwuga wa Gipolisi. Bikajyana n’amasomo ya “Cadet” afasha umunyeshuri kurangiza ari umupolisi by’umwuga.

    Abofisiye 32 barangije harimo 27 b’Abanyarwanda baturuka muri Polisi y’igihugu, RCS na RIB ndetse n’abanyamahanga barindwi baturutse mu bihugu bine byo muri Afurika

    Minisitiri Busingye yasabye abanyeshuri barangije kwiga gukora kinyamwunga ndetse bagakorera abaturage bose batitaye ku byiciro barimo

    CP Christophe Bizimungu yashimiye Abofisiye bakuru 32 barangije amasomo, abasaba kuzana impinduka mu kazi bakora n’aho bakorera ndetse bakagira n’ikinyabupfura

  • Perezida Kagame yakiriye Tshisekedi watangiye uruzinduko rwe mu Rwanda (Amafoto) – #rwanda #RwOT

    Abakuru b’ibihugu byombi bahuriye ku Mupaka wa La Corniche mu Karere ka Rubavu kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 25 Kamena 2021.

    Ahagana saa Sita na 54 ni bwo Perezida Tshisekedi yakandagiye ku butaka bw’u Rwanda avuye mu Mujyi wa Goma.

    Nyuma yo kwakirwa i Rubavu, Perezida Tshisekedi yahise atwarwa mu modoka na Perezida Kagame, berekeza muri uyu mujyi aho bagiye gusura ibikorwa remezo byangijwe n’imitingito yakurikiye iruka ry’Ikirunga cya Nyiragongo ryabaye ku wa 22 Gicurasi 2021.

    Perezida Kagame ni we watwaye Tshisekedi mu modoka yashyizweho amabendera abiri y’ibihugu byombi. Basuye imihanda itandukanye irimo n’uri mu marembo y’Ikigo cya TTC Gacuba, wafunzwe ndetse ukaba udakoreshwa n’imodoka kuko wangiritse.

    Aba bombi bakihagera bavuye mu modoka, bahamara nk’iminota itanu mbere yo gukomereza kuri Serena Hotel mu Karere ka Rubavu aho biteganyijwe ko bagirira ibiganiro byihariye byibanda ku kurushaho kunoza umubano uhuriweho.

    Muri ibi biganiro byitezwe ko Perezida Kagame na mugenzi we wa RDC, Tshisekedi baganira ku bijyanye n’umutekano ndetse n’ishoramari rihuriweho n’impande zombi.

    RDC iri mu bihugu bibarizwamo imitwe myinshi yitwaje intwaro irimo n’irwanya ubutegetsi bw’u Rwanda aho ikorera mu Burasirazuba bw’iki gihugu.

    Ibihugu byombi kandi bikorana ubuhahirane aho nibura Umupaka wa Rubavu uhuza u Rwanda na RDC mbere y’umwaduko wa Coronavirus, wanyuragaho urujya n’uruza n’abambukiranya umupaka bari hagati y’ibihumbi 50 n’ibihumbi 55.

    Kuri ubu uyu mupaka nibura buri munsi unyuraho, abacuruzi bari hagati y’ibihumbi bitandatu n’umunani bahahirana na RDC.

    Iruka ry’Ikirunga cya Nyiragongo ryakangaranyije ubuzima bw’abatuye Umujyi wa Goma ndetse benshi bahungira mu Rwanda aho bakiriwe neza ndetse mu buhamya bwabo bagaragaje ko banyuzwe n’urugwiro beretswe n’abaturanyi.

    Usibye abaturage bavuye mu byabo kubera iruka rya Nyiragongo, imitingito yakurikiyeho yangije ibikorwa remezo bitandukanye birimo imihanda, ibitaro, ndetse inasenya inzu z’abaturage.

    Kugeza ubu ku bufatanye n’inzego zitandukanye zirimo ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu, abafatanyabikorwa bako, Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iterambere ry’Ubwikorezi (RTDA), Minisiteri y’Ibikorwa Remezo hari gukusanywa ubushobozi bwo kuvugurura iyo mihanda yacitse ndetse hari ahatangiye gusanwa.

    Iyi mitingito kandi yatanze umukoro ku Karere ka Rubavu ahanini bigendanye n’igishushanyo mbonera cyako nk’Umujyi wunganira uwa Kigali, aho kigiye kuvugururwa kugira ngo hubakwe inzu zishobora guhangana n’ibyo biza.

    Mu ijoro ryo ku wa 22 Gicurasi 2021 ni bwo ikirunga cya Nyiragongo cyongeye kuruka nyuma y’uko cyaherukaga mu 2002.

    Mu byo cyangije ku ruhande rw’u Rwanda harimo inzu zirenga 267 zasenyutse kubera umutingito, izindi 859 zirangirika. Ziyongeraho umuhanda wa kaburimbo, umusigiti n’ibigo by’amashuri.

    Ikindi ni uko hegitari eshatu zakorerwagaho imirimo y’ubuhinzi i Rubavu zangiritse bikomeye.

    Ku ruhande rwa RDC, imwe mu miyoboro y’amashanyarazi yarangiritse bituma u Rwanda rugira uruhare mu gucanira Umujyi wa Goma.

    Amafoto: Niyonzima Moïse


  • USA: Umuturirwa wasenyutse uhitana umuntu umwe, 99 baburirwa irengero #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Perezida Joe Biden wa USA, yavuze ko biteguye gutanga ubufasha bwose mu bikorwa by’ubutabazi, ndetse no kwimura abarokotse muri iyo mpanuka.

    Umuntu umwe ni we wapfuye nk’uko byavuzwe na Charles Burkett, Meya w’Umujyi wa Surfside, aho uwo muturirwa wubatse.

    Nk’uko bivugwa n’abaturiye uwo muturirwa, amagorofa 12 (étages) ni yo yasenyutse ahagana saa saba n’igice z’ijoro (1 h 30) ku isaha y’aho i Miami.

    Barry Cohen w’imyaka 63, ni umwe mu bari batuye muri uwo muturirwa wasenyutse uruhande rumwe, avuga ko yari ari mu bitsi byinshi, nyuma ikintu giturika nk’aho ari indege ihanutse cyangwa se inkuba ikubise, ariko ngo yumva birakomeje bimara iminota hagati ya 15-20.

    Umwe mu bayobozi ba Miami-Dade witwa Sally Heyman, yabwiye CNN ko n’ubwo hari icyizere cy’uko hari abantu basanga bakiri bazima, ariko ngo kigenda kigabanuka uko amasaha agenda yicuma.

    Igice cy’uwo muturirwa kireba ku Nyanja ni cyo cyasenyutse ngo bikora kuri za ‘appartements’ zigera kuri 55, nk’uko Ray Jadallah, umuyobozi wungirije ushinzwe serivisi z’ubutabazi muri Miami-Dade yabibwiye abanyamakuru, avuga ko mu bantu 35 bamaze gutabararwa harimo n’abari bari mu gice cyasenyutse.

    Impamvu y’isenyuka ry’uwo muturirwa ntiramenyekana nk’uko Danielle Levine Cava yabitangaje ejo tariki 24 Kamena 2021 aganira n’ikinyamakuru Miami Herald.

    Hari ibikorwa byo gusana uwo muturirwa byari bimaze iminsi bikorwa cyane cyane ku gice cyo ku gisenge, ariko abayobozi batandukanye bemeje ko ntaho ibyo bikorwa byo gusana bihuriye no gusenyuka kw’iyo nyubako.

    Ibikorwa byo gushakisha ababuriwe irengero bishobora kuzafata icyumweru nibura nk’uko bivugwa na Andrew Hyatt, undi muyobozi wa Surfside.

    Ibinyamakuru byo muri ako gace kabereyemo impanuka, byatangaje ko uwo muturirwa ubundi wubatswe mu 1981, ukaba wari ufite za ‘appartements’ zigera ku 130.

  • Perezida Kagame na Perezida Tshisekedi basuye ahangijwe n’imitingito #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ni uruzinduko rwabaye mu masaha ya nyuma ya saa sita, aho Perezida Kagame yakiriye ku mupaka munini uhuza Goma na Gisenyi uzwi nka La Corniche, basura ibikorwa byangijwe n’imitingito yatewe n’iruka ry’ikirunga cya Nyiragongo ku itariki 22 Gicurasi 2021.

    Mu modoka y’Umukuru w’igihugu, Perezida Kagame yatwaye mugenzi we wa RDC amutembereza umujyi wa Gisenyi, basura ibikorwa byangijwe n’imitingito harimo imihanda n’inyubako z’abaturage.

    Imitingito ibarirwa mu magana yumvikanye mu mujyi wa Gisenyi ikurikira iruka rya Nyiragongo, bituma abaturage benshi bava mu byabo mu gihugu cya Repubulika Iharanira Demekarasi ya Congo (RDC), na ho mu Rwanda ababarirwa mu bihumbi bibiri inzu zabo zirangirika.

    Abakuru b’igihugu byombi mu gusura ibikorwa byangiritse, barimo kureba akababaro k’abaturage no kubihanganisha kubera ibiza bahuye nabyo.

    Mu Rwanda abaturage bangirijwe benshi bamaze gusana ibikorwa byabo uretse hegitari zibarirwa muri eshatu zangijwe n’amazuku y’ibirunga yinjiye mu Rwanda akangiza imyaka yabo.

    Mu gihugu cya Congo mu mujyi wa Goma no mu nkengero zawo, abaturage babarirwa mu bihumbi 450 bavuye mu byabo, bamwe bakaba bakiri mu buhungiro mu Rwanda, abandi bakaba bakiri mu bice bitandukanye ndetse abari batuye ahaturikiye ikirunga bakaba barasabwe gutura ahandi.

  • Burera: Biteze umusaruro utubutse kubera ubwoko 19 bushya bw’imbuto y’ibishyimbo #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ni imbuto zihariye ku bwiyongere bw
    Ni imbuto zihariye ku bwiyongere bw’umusaruro n’intungamubiri zitandukanye

    Ubwo bwoko 19 bw’imbuto nshya y’ibishyimbo, bugiye kunganira ubwaherukaga gushyirwa ahagaragara mu mwaka wa 2012.

    Umuhinzi wo mu Murenge wa Cyeru, Uwiyambajimana yagize ati “Umusaruro w’imbuto twari tumaze igihe duhinga wari usigaye uboneka ari mucye, nyamara ntako tutabaga twagize ngo dutegure neza ubutaka, dukoresha amafumbire, yewe tugatera n’imiti, ariko bikaba iby’ubusa ntibiboneke ari byinshi nk’uko tubyifuza. Ubwo bwoko bushya bw’imbuto y’ibishyimbo TWARI tubukeneye cyane”.

    Abari bitabiriye igikorwa cyo kumurika izo mbuto nshya, cyabereye mu Murenge wa Rwerere mu Karere ka Burera, batambagijwe imirima byatuburiwemo, banaboneraho umwanya wo kugaragarizwa imiterere y’uko ibyo bishyimbo biba bimeze mbere na nyuma yo gusarurwa byumye cyangwa bitetse.

    Undi muturage witwa Barihafi Cyprien wo mu Murenge wa Rwerere, amaze kwibonera n’amaso ye ubwo bwoko bw’imbuto y’ibishyimbo yagize ati “Nabonye imitonore yabyo yewe n’ibyumye kandi rwose si amakabyankuru, biteye amabengeza, biraryoshye cyane! Ubu igisigaye ni uko badufasha izo mbuto bakazitugezaho byihuse. Ndi mu bazitabira kubihinga ku buso bunini ku ikubitiro”.

    Ubuyobozi bwijeje abahinzi ko imbuto nshya y
    Ubuyobozi bwijeje abahinzi ko imbuto nshya y’ibishyimbo izakwirakwira mu bahinzi byihuse

    Ubwoko bw’imbuto nshya y’ibishyimbo, burimo n’ibikungahaye ku ntungamubiri z’imyunyungugu nka Fer na Zinc. Ikigo RAB kivuga ko zakozweho ubushakashatsi bwimbitse, bugaragaza umwihariko wo kuba izo mbuto zitanga umusaruro uri hagati ya toni eshatu n’enye kuri Ha imwe.

    Ikindi ni uko zifite intungamubiri zihagije, bitandukanye n’izindi mbuto zari zimaze igihe kijya kugera ku myaka icumi zikoreshwa; kuko zo inyinshi zari zarashaje harimo n’izifite uburwayi.

    Dr Bucagu Charles, Umuyobozi mukuru wungirije wa RAB, yijeje abahinzi ko Leta iri gukora ibishoboka, kugira ngo izi mbuto zigere ku bahinzi benshi mu gihugu hose.

    Yagize ati “Turimo gukorana bya hafi n’abatubuzi b’ubu bwoko bw’imbuto, tubakurikirana umunsi ku wundi, ari na ko tuborohereza mu kubona ibikenewe byose mu kongera ingano y’imbuto batubura. Twizeza abahinzi ko mu gihe gito kiri imbere zizaba zamaze gukwirakwira hirya no hino mu gihugu, abaturage bihaze, banasagurire amasoko”.

    Arongera ati: “Ibishyimbo bitetswe neza bigira uruhare rukomeye mu kugabanya ibyago byo kwibasirwa n’indwara nka Diyabeti n’izibasira umutima. Intungamubiri zabyo zigirira akamaro ababirya by’umwihariko abagore batwite, abonsa cyangwa abari mu gihe cy’imihango; kubera ko baba bakeneye kongera ingano y’ubutare mu mubiri, bugira uruhare mu kongera amaraso. Kuba dushyize ahagaragara izi mbuto nshya, twifuza ko bikoreshwa kenshi mu mafunguro abantu bafata”.

    Uwanyirigira Marie Chantal, Umuyobozi w’Akarere ka Burera, na we asanga bizafasha kuzamura ubuhinzi. Yaboneyeho gusaba ko ubushakashatsi bukomeza gukorwa, hagamijwe ko n’indi myaka ihingwa mu Karere ayoboye, ibonerwa imbuto nshya.

    Yagize ati “Turashimira abagize uruhare mu bushakashatsi butugejeje ku kubona imbuto nshya kandi zitanga umusaruro mwinshi. Nta gushidikanya ko umuturage nahitamo iyo ahinga, akeza umusaruro uhagije, bizazamura ubukungu bwe n’ubw’Akarere budasigaye. Turasaba Ikigo RAB gukomeza n’ubundi bushakashatsi, buvumbura izindi mbuto nshya z’ibindi bihingwa kugira ngo dukomeze gukora ubuhinzi buteye imbere”.

    Imwe mu mirima yo mu Karere ka Burera byatuburiwemo
    Imwe mu mirima yo mu Karere ka Burera byatuburiwemo

    Mu bwoko bw’imbuto nshya uko ari 19 bwashyizwe ahagaragara, ubugera kuri 13 ni ubw’ibishyimbo bishingirirwa, ubundi butandatu bukaba ubw’ibishyimbo bigufi.


  • Ruracyageretse hagati y’amakipe arwanira kutamanuka, Mukura yiyongereye amahirwe #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Kjuri uyu wa Gatanu ni bwo hakinwaga imikino y’umunsi wa gatandatu ku makipe umunani arwanira kutamanuka, aho kugeza ubu ikipe ya AS Muhanga yo yamaze kumanuka bidasubirwaho.

    Ikipe ya Mukura VS ni imwe mu makipe yari afite ibyago byinshi byo kumanuka, gusa yaje kwitwara neza itsindira Gorilla i Bugesera igitego 1-0, igitego cyatsinzwe na Williams Opoku, bituma Gorilla isigara ahabi.

    Mukura VS yatsinze Gorilla FC igarurira icyizere abakunzi bayo
    Mukura VS yatsinze Gorilla FC igarurira icyizere abakunzi bayo

    Uru rugamba ruzasozwa ku wa mbere tariki 28/06, aho ikipe ya Mukura VS izaba ihura na AS Muhanga yamaze kumanuka, mu gihe Sunrise na Gorilla nazo zitarizera kuguma mu cyiciro cya mbere zizihurira, izatsindwa ikaba ishobora guhuta ikurikira AS Muhanga.

    Uko imikino y’uyu munsi yagenze

    Sunrise FC 5-1 Musanze FC
    SC Kiyovu 1-0 Etincelles FC
    AS Muhanga 0-4 Gasogi United
    Gorilla FC 0-1 Mukura VS


  • Rubavu: Perezida Kagame yakiriye Perezida Tshisekedi #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ahagana hafi saa munani z’amanywa yo kuri uyu wa Gatanu tariki 25 Kamena 2021 nibwo abakuru b’igihugu byombi bahuriye ku mupaka uhuza Goma na Gisenyi bakomeza mu Rwanda gusura ibikorwa remezo byangijwe n’imitingito n’iruka ry’ibirunga.

    Ni uruzinduko rwishimiwe ku mpande zombi, aho biteganyijwe ko nyuma yo gusura ibyangijwe n’imitingito bahura bakaganira.

    Itsinda ry’impuguke za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo zamaze kugera mu Rwanda gutegereza abashyitsi.

    Uruzinduko rwa Perezida Tshisekedi rurasozwa n’ibiganiro by’abakuru b’igihugu bombi hanyuma bazongere bahure ku wa gatandatu aho biteganyijwe ko Perezida Kagame na we azasura ibikorwa byangijwe n’iruka ry’ibirunga n’imitingito mu mujyi wa Goma no mu nkengero zawo.

    Biteganyijwe ko kuri uwo munsi ari bwo abayobozi b’igihugu byombi bazaganira n’itangazamakuru ndetse bashyire umukono ku masezerano y’ubufatanye bw’ibihugu byombi.

  • Kwibuka27: Menya uko isanduku yo gushyingura mu cyubahiro igomba kuba iteye #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Mu nama ubuyobozi bw’Umurenge wa Muhima n’ubwa IBUKA mu Karere ka Nyarugenge bwagiranye n’ubuyobozi bw’akarere, baganiriye ku bintu bimwe na bimwe byo kuzirikana kugira ngo icyo gikorwa kizagende neza.

    Kimwe muri byo ni ugukomeza kubahiriza amabwiriza yo kwirinda icyorezo cya Covid 19, ikindi ni imiterere y’isanduku ishyirwamo imibiri y’abazashyingurwa mu rwibutso. Umuyobozi wa IBUKA muri Nyarugenge Rutayisire Masengo Gilbert arabisobanura.

    Agira ati “Umupfundikizo w’isanduku bashyinguramo abazize Jenoside ntabwo ugomba kuba wiburungushuye, ugomba kuba urambaraye kugira ngo hejuru yayo habashe kujyaho indi, kuko iyo utarambaraye, iri hejuru yayo ishobora guhirima ugasanga birateza ikibazo aho zigomba kuba ziri mu rwibutso”.

    Ku rwego rw’Umurenge wa Muhima, igikorwa bagitangiye ku wa kane tariki 24 Kamena 2021, aho bamaze kubona imibiri ine nk’uko byavuzwe n’umuyobozi wa IBUKA mu Murenge wa Muhima, Nizeyimana Olivier de Maurice, wasobanuye ko igikorwa kizakomeza kuko hakiri imibiri myinshi itaraboneka.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Muhima Mukandoli Grace, yashimiye abacitse ku icumu rya Jenoside uburyo babashije kwakira icyifuzo cya Leta y’u Rwanda isaba ko abazize Jenoside bose bagomba gushyingurwa mu cyubahiro mu nzibutso zabigenewe.

    Umwe mu mibiri yataburuwe mu Murenge wa Muhima ni uw’umwana witwa Mutangana Germain, wavutse ku itariki 7 Mata 1990, akicwa ku itariki 7 Mata 1994 afite imyaka ine gusa.

    Hodali Jean (nyirarume w’umwana) wavuze mu izina ry’ababyeyi ba nyakwigendera batari mu Rwanda, yavuze ko Mutangana Germain yabaye nk’igitambo cy’umuryango we wose.

    Hodali ati “Aho bari bihishe mu gisenge cy’inzu y’abaturanyi, interahamwe zasenye igice kimwe aho yari aherereye, arahanuka zihita zimutema arapfa, zijya gusahura zirangije zigenda zitarebye ko muri plafon harimo abandi bantu”.

    Abandi bose bo muryango wa Mutangana wari bucura mu muryango w’abana bane na se na nyina bararokotse, Jenoside irangiye bashakisha umubiri we bamushyingura mu itongo, bamaze gusana inzu batunganya imva barahamurekera kuko bifuzaga ko ahaguma nk’igitambo cy’umuryango wose.

    Ariko kubera ko Leta y’u Rwanda isaba ko abazize Jenoside yakorewe Abatutsi bose bagomba gushyingurwa mu cyubahiro, umuryango wa Mutangana wageze aho na wo urabyakira, akazashyingurwa mu cyubahiro hamwe n’abandi ku itariki 1 Nyakanga 2021, mu rwibutso rwa Jenoside rwa Nyanza ya Kicukiro.

  • Guhezwa ku makuru, kimwe mu bizitiye abafite ubumuga bashaka kwisanga mu by’ubuzima bw’imyororokere – #rwanda #RwOT

    Byagarutsweho mu kiganiro Waramutse_Rwanda cyatambutse kuri RBA kuri uyu wa Kane, cyagarukaga ku iterambere ry’urubyiruko rufite ubumuga n’imikoranire yarwo n’imiryango ibishinzwe.

    Nubwo abafite ubumuga hari ingingo zimwe na zimwe ziba zidakora neza, ni abantu nk’abandi bafite imibiri ikora neza kugeza no ku bijyanye no kororoka.

    Icyakora si kenshi bisanga mu biganiro bigamije kwigisha ku bijyanye n’imyororokere nko kuboneza urubyaro, kwirinda inda zitateganyijwe, kumenya uburenganzira bwabo mu by’imyororokere n’ibindi.

    Umuyobozi w’Umuryango Uwezo Youth Empowerment uharanira guteza imbere Uburenganzira n’impinduka by’Abafite Ubumuga cyane cyane ku rubyiruko, Bahati Omar Satir, yavuze ko nubwo hari bike bashyiramo imbaraga mu bijyanye no kwigisha abafite ubumuga ubuzima bw’imyororokere, hagikenewe ubufatanye bw’inzego zose.

    Yavuze ko amakuru ku buzima bw’imyororokere ari ingenzi cyane ku rubyiruko muri iki gihe, icyakora ngo ni amahirwe abafite ubumuga badakunze kubona.

    Ati “Muri rusange amakuru ntayo bafite. Tunagendeye ku buryo amakuru atangwamo, aho atangirwa n’abayatanga n’inzira zose acamo, hari amakuru atangwa ku maradiyo anyuranye, ibiganiro bijyanye n’imyororokere ku rubyiruko bibashishikariza wenda gusobanukirwa imikorere y’ubuzima bwabo. Niba ari abakobwa bakeneye kumenya igihe cy’uburumbuke, igihe bagomba kwirinda ibishuko, niba biciye kuri radiyo harimo ufite ubumuga bwo kutumva no kutavuga ntabwo ari bubyumve.”

    “Niba kandi ari ibiganiro byahuje urubyiruko hari utashoboye kugerayo kabone nubwo yaba afite ubumuga ahora aryamye, ntabwo bizamubuza ko hari wenda uzamusagarira bitewe n’imyumvire afite.”

    Yavuze ko abafite ubumuga hari n’abantu bafite imyumvire mibi kuri bo, bakaba babahohotera bitwaje ko bafite ubumuga cyangwa se bababwiye ko hari icyo kubahohotera byabakiza.

    Bahati yavuze ko kubera iyo mpamvu hakwiriye uburyo buhoraho abafite ubumuga mu byiciro byose bahabwamo amakuru ku myororokere n’uburenganzira bwabo.

    Ati “Kubera igihe kinini babayeho bumvishwa ko ntacyo bashoboye, biragoye ko uyu munsi ashobora kuba yatinyuka akumva ko ashishikajwe no kuba yamenya uko umubiri we ukora, ko niba ari ukwirinda za nda zidateganyijwe cyangwa kuboneza urubyaro na we yajya muri uwo murongo.”

    Yakomeje agira ati “Nta gitangaza ko niba wenda ari umukobwa ufite ubumuga bwo kutumva no kutavuga, ashobora kujya kwa muganga bakibanda ku bumuga afite kurusha uko bamuha serivisi. Niba agiye kwipimisha ngo arebe ko yaba atarasamye ku mpamvu iyo ari yo yose, bakaba bashobora kumutinza bamubaza niba afite inshuti, niba yakora imibonano mpuzabitsina nk’abandi […] ku buryo wa muntu ashobora kwiheza ntiyongere kujyayo.”

    Yavuze ko hakenewe ubukangurambaga mu nzego zose ku buryo mu gihe hashyizweho porogaramu zo kwigisha urubyiruko ibijyanye n’ubuzima bw’imyororokere, abafite ubumuga nabo batekerezwaho.

    Iyakaremye Théogene w’imyaka 32 ni umwe mu bafite ubumuga wafashijwe kwiteza imbere. Yize amashuri kugeza muri Kaminuza ndetse ubu ni umukozi wa kimwe mu bigo mpuzamahanga gikorera mu Rwanda.

    Uyu mugabo ufite umugore n’umwana umwe, avuga ko kwiga kwe kwari kuzuyemo ingorane ariko ko kwigirira icyizere aribyo byamubereye imbarutso yo gukomeza kujya mbere.

    Yavuze ko iyo atagira abagiraneza nka Uwezo bamwumvisha ko ashoboye, bitari kumworohera.

    Ati “Bamfashije kwiyakira. Bampaye inshingano, twasuraga abana mu ngo, ku mashuri, tukabigisha uburenganzira bwabo ariko tubigisha uko bagomba kubuharanira aho bwabangamiwe. Byamfashije kwiyakira binamfasha kuba nakwikorera ubuvugizi.”

    Yavuze ko ari nabyo bikenewe ngo uburenganzira ku makuru y’ubuzima bw’imyororokere bigere ku bafite ubumuga, kuko kutabimenya bikomeza gutuma biheza kandi bashoboye.

    Ati “Iyo utabashije kubona umuntu ugufasha nk’ufite ubumuga uriheza, iyo wamaze kwiheza nta kindi ushobora gukora giteza imbere ubuzima bwawe.”

    Leta y’u Rwanda iherutse kwemeza politiki nshya y’abantu bafite ubumuga igamije kubafasha kwisanga no kugira uruhare muri gahunda zose z’igihugu no kubaho ubuzima bubahesha agaciro. Ni politiki izashyirwa mu bikorwa mu gihe cy’imyaka ine, ikaba izashorwamo asaga miliyari 41 Frw.

    Urubyiruko rufite ubumuga ntirworoherwa no kubona amakuru ku buzima bw’imyororokere

    Bahati Omar asanga urubyiruko rufite ubumuga rukeneye kwitabwaho byihariye mu gihe cy’inyigisho ku buzima bw’imyororokere