Tag: featured

  • Dore aba mbere mu gusora neza muri 2020/2021 barimo abahembwe na Perezida Kagame #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Aba basora bari mu bagize uruhare runini mu kwinjiza mu isanduku ya Leta Amafaranga y’u Rwanda arenga miliyari 1,655 na miliyoni 500 muri 2020/2021, ni ba nde?

    Abasora babaye indashyikirwa mu kuba bamaze imyaka 10 basora neza

    Abashoboye kubigeraho neza nk’uko bisobanurwa n’Ikigo RRA bahawe ibihembo na Perezida Kagame ubwe, ni Banki ya Kigali(BK plc) hamwe n’uruganda rukora amarangi rwa AMEKI Color

    Banki ya Kigali ishimirwa kuba yarageze ku rwego rw’indashyikirwa zihoraho mu gusora neza, aho buri mwaka ngo ihora yahize izindi banki z’ubucuruzi mu gutanga neza umusoro kandi mwinshi.

    Kimwe na Sosiyete ikora amarangi, AMEKI Color ya Rusirare Jacques, yahembewe kumara imyaka 10 isora neza idatezuka.

    Abasora banini bashimiwe gutanga imisoro myinshi

    Muri iki cyiciro, Perezida Kagame yahaye ibihembo uruganda Bralirwa, MTN Rwanda, Bakhresa Grain Milling, Ericsson AB na I&M Bank.

    Uruganda Bralirwa Plc rwenga ibinyobwa bisembuye n’ibidasembuye rushimirwa kuba rwarahuje Ikoranabuhanga ryarwo ritanga inyemezabuguzi hamwe n’irya RRA, bikaba byoroshya imikoranire ya RRA n’abakwirakwiza ibinyobwa byarwo mu bakiriya(Distributers).

    Sosiyete y’Itumanaho MTN Rwanda Ltd ishimirwa kuba isora neza kandi ku gihe, kandi ngo ahagaragaye amakosa MTN yihutira kuyakosora mu bwumvikane, ku buryo ngo umusoro w’inyongera uvuyemo bawishyura neza nta mananiza.

    Uruganda Bakhresa Grain Milling(Rwanda) Ltd rukora ifu mu binyampeke, Ericsson AB ikwirakwizwa ibikoresho by’Itumanaho ndetse na Banki y’Ubucuruzi I&M Bank, bishimirwa kuba ari Sosiyete zisora neza kandi ku gihe.

    Abasora baciriritse bahawe ibihembo na Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente

    Aba barimo Organisation pour l’Enseignement à Programmes Belge au Rwanda(Ecole Belge), Ikigo Gasabo 3D Design gikora inyigo n’ubugenzuzi mu bijyanye n’ubwubatsi, hamwe n’Ikigo cy’Ubwikorezi mpuzamahanga cyitwa Transafricancontainer Transport.

    Mu bandi basora baciriritse bashimiwe harimo Federation Handicap International (yahindutse Humanity &Inclusion) ndetse n’Umuryango w’Abaholandi ushinzwe Ubutwererane Mpuzamahanga(SNV Rwanda).

    Abasora bato, abaciriritse n’abanini bakomeje kuzamuka mu gutanga imisoro na bo bashimiwe

    Ibi bihembo byahawe uwitwa Mohamed Hashim mu basora bato, Vine Pharmacy mu basora baciriritse hamwe na Ecobank Rwanda Plc.

    Umunyarwanda wahize abandi mu gusaba inyemezabuguzi zitangwa n’imashini za EBM na we yashimiwe akaba yitwa Basemba Jean Bosco.

    Ikigo RRA kimushimira kuba iyo agiye guhaha buri gihe asaba inyemezabuguzi zitangwa n’imashini za EBM, bikagaragara muri mudasobwa za Rwanda Revenue ko Basemba ahahira aho bakoresha EBM.

    Hari n’abatanze neza inyemezabuguzi za EBM

    Ibi bihembo byahawe Ikigo Yego Innovision gitanga serivisi zitandukanye zirimo izo gusaba(booking) Moto n’imodoka bya taxi, SODIACO icuruza imiti ikoreshwa mu buhinzi n’Ubworozi, ndetse n’Ububiko bwa MAGERWA bushimirwa kugira ikoranabuhanga rikora inyemezabuguzi.

    Ikindi cyiciro cyashimiwe ni icy’abasora bato ariko batanze umusoro mwinshi, kirimo Supatec International ikora ubwikorezi bw’ibikoresho byo mu nganda, na Leadcom Integrated Solutions Rwanda yubaka iminara y’Itumanaho.

    Muri iki cyiciro kandi RRA yashimiye Ikigo Galil Rwanda gicukura Gas Methane mu Kivu, Imizi Eco-Tourism Development yubaka amacumbi yagenewe ba mukerarugendo, hamwe na Visor International yubaka ingomero z’amashanyarazi ikanakora amabuye y’ubwubatsi ya Concassé.

    RRA ifatanyije n’abayobozi yashimiye kandi Sosiyete itumiza itabi mu mahanga yitwa British American Tobacco kubera ahanini kwitabira gukoresha imashini za EBM z’ubwoko bugezweho bwa kabiri, hamwe n’Uruganda RWACOF rwohereza mu mahanga kawa ihingwa mu Rwanda.

    Abaturage bashimirwa kuba barasoze neza imisoro y’inzego z’ibanze mu turere tw’Umujyi wa Kigali ni Nkundunkundiye Jean Bosco, Kamugwiza Phoibe hamwe na Jobanputra Ramnik bafite inzu zikodeshwa.

    Perezida wa Repubulika Paul Kagame yashimiye abasora bose barimo abahawe ibihembo n’abatarabihawe, avuga ko ari ikimenyetso cy’ibishoboka kandi bikwiriye gukorwa.

    Perezida Kagame yavuze ko kuba RRA yarakiriye imisoro irenze iyari iteganyijwe mu gihe kigoye cya Covid-19, ngo bigaragara ko abasora bakora neza, akabasaba gukora kurushaho ndetse no gukora neza.

    source : https://ift.tt/3kTD85y

  • Amajyaruguru: Dore bimwe mu bibazo bitegereje abayobozi bashya b’uturere #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Umujyi wa Musanze mu Ntara y
    Umujyi wa Musanze mu Ntara y’Amajyaruguru ni umwe mu bigaragaza iterambere ry’iyi Ntara

    Kigali Today yarebye kuri bimwe mu bibazo abayobozi bashya mu turere tugize Intara y’Amajyaruguru bagiye guhangana na byo mu rwego rwo guharanira iterambere n’imibereho myiza y’abaturage.

    Gakenke

    Mu Karere ka Gakenke, Nizeyimana Jean Marie Vianney watorewe kuyobora ako karere, aje gukorera mu nyubako nziza y’akarere imaze umwaka umwe yuzuye aho yatwaye asaga miliyari n’igice.

    Ni kimwe mu bizamworohereza akazi, dore ko agiye no kuyobora akarere asanzwe azi neza, nyuma y’uko yari Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Ruli.

    Ibibazo bimwe na bimwe asanze mu Karere ka Gakenke, harimo icy’imirire mibi, aho ako karere kakomeje gutungwa agatoki mu kugira abana benshi bagwingiye kandi ari akarere gakungahaye ku biribwa.

    Ikindi kibazo nk’akarere k’imisozi, usanga ikibazo cy’imiturire kigoranye, aho ako karere kakunze kwibasirwa n’ibiza by’imvura kugeza ubwo muri Gicurasi 2020 ibiza bitewe n’imvura nyinshi byahitanye abantu umunani bo mu muryango umwe bo mu Murenge wa Rusasa, bisenya amazu, ibiraro n’ibindi bikorwa remezo.

    Kugeza ubu ibyo bibazo, byaba iby’igwingira byaba n’iby’ibiza, byashyizwemo imbaraga n’ubuyobozi bucyuye igihe aho byari biri kugenda bikemuka. Ibiraro hafi ya byose byari byarangiritse byamaze gusanwa, ndetse n’imibare y’abana bagaragayeho ikibazo cy’igwingira igenda igabanuka.

    Meya mushya Nizeyimana JMV asimbuye Nzamwita Déogratias wari uzwiho kwiyoroshya, gukunda akazi, kwegera abaturage no kumva ibibazo byabo, ibi bikaba byari byaramuhaye igikundiro ku baturage, dore ko ari na we muyobozi uciye agahigo ko kumara igihe kirekire ku buyobozi bw’akarere.

    Ni umuyobozi kandi n’ubuyobozi bukuru bw’igihugu bwagiye bushima imikorere ye, aho na Perezida wa Repubulika ubwo yasuraga ako karere mu myaka ishize mu ijambo rye yasabye Meya Nzamwita Deogratias kujya amugezaho ibibazo by’akarere bitamusabye kubanza guca mu zindi nzira.

    Ikindi kizafasha umuyobozi mushya w’Akarere ka Gakenke, ni uko asanze Umuyobozi w’akarere wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu Niyonsenga Aimé François na we wamaze gutorerwa indi manda.

    Musanze

    Ramuli Janvier ni we muyobozi mushya watorewe kuyobora Akarere ka Musanze, asimbuye Nuwumuremyi Jeannine wari umaze imyaka itarenze itatu kuri ubwo buyobozi.

    Ramuli azi neza akarere agiye kuyobora kuko yari asanzwe ashinzwe abinjira n’abasohoka mu Ntara y’Amajyaruguru, akaba kandi agiye gukorana n’abamwungirije batari bashya muri izo nshingano, aho Kamanzi Axelle wari Umuyobozi w’akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage yongeye kugirirwa icyizere aratorwa, ndetse na Rucyahana Mpuhwe Andrew wari Umuyobozi w’akarere wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu yasubiye muri izo nshingano.

    Meya Ramuli Janvier agiye kuyobora Akarere gaherereye mu gice kizwiho gukorerwamo ubukerarugendo nka kimwe mu byo ubukungu bw’igihugu bushingiyeho, nk’akarere kakira abashyitsi banyuranye baza bakurikiye amahumbezi yaho, ndetse basura n’ingagi nk’ubukungu budapfa kuboneka ahandi.

    Umukru w’Igihugu Paul Kagame ntiyahwemye kugaragaza impungenge afitiye ako gace, cyane cyane abwira abayobozi kwibanda ku isuku muri ako karere.

    Muri manda ishize, hari byinshi byagiye bikosorwa mu gusukura umujyi, hongerwa imihanda n’inyubako zijyanye n’icyerekezo aho bigeze hafi kuri 70%, mu gace k’ubucuruzi ahari inzu ziciriritse hakazamurwa imiturirwa, ndetse n’umujyi mu nkengero z’imihanda hakikizwa indabo ku buryo nk’umuntu umaze umwaka atagera mu mujyi wa Musanze, iyo ahageze ahita atungurwa.

    Bimwe mu byishimirwa mu karere ka Musanze ni nk’Umudugudu w’icyitegererezo wa Kinigi wuzuye utwaye amafaranga y’u Rwanda agera kuri Miliyari 26, ukaba ucumbikiye imiryango 144 y’abantu bari batuye mu buryo bubangamye.

    Meya Ramuli ategerejweho gukemura ikibazo cy’umutekano w’abantu n’ibyabo udahagaze neza mu mujyi wa Musanze, ahakomeje kugaragara ikibazo cy’amabandi atobora amazu n’ayitwaza ibyuma akambura abaturage, mu gihe nyamara ari umujyi wakira ingeri zinyuranye z’abantu bava mu mpande zose z’isi baje kureba ibyiza nyaburanga bitatse u Rwanda.

    Hari abavuga ko kugeza ubu cyane cyane mu duce turimo ahitwa Gashangiro na Yawunde nta muturage ukiraza televisiyo (Flat) mu ruganiriro (salon) kubera amabandi. Bamwe ngo bajya kuryama televiziyo bakaziraza hafi y’igitanda. Hari n’abaturage benshi bagiye bagaragaza ko amabandi yabateye akabasanga aho barara akabambura, bagira amahirwe akabasiga amahoro.

    Ikindi kibazo ni icy’umubare munini w’abana b’inzererezi bakigaragara mu mujyi wa Musanze, aho bwira bakajya gukambika mu biraro bigize uwo mujyi, hakaba hari kugaragara n’umubare minini n’abaturage basabiriza bagaragaza ibibazo by’ubukene.

    Meya Mushya wa Musanze kandi ategerejweho gukemura ibibazo by’abaturage badahabwa ingurane ahubakwa ibikorwa remezo binyuranye, aho usanga umuhanda warubatswe ariko imiryango inyuranye igashyirwa mu manegeka iriturirwaho itaka, ku buryo muri ibi bihe by’imvura bakunze kugaragaza ko barara hanze kubera gutinya ko inzu zabagwaho.

    Abaturiye ikibuga cy’indege na bo bamaze imyaka isaga itanu mu rujijo, aho bamwe babujijwe kubaka babwirwa ko bazahabwa ingurane bakimurwa, ariko amaso yeheze mu kirere.

    Ikindi gikwiye gushyirwamo imbaraga ni ugukangurira abayobozi b’ibigo by’amashuri gukaza umutekano w’abana, dore ko hakomeje kugaragara umubare minini w’abana basinda n’abanywa ibiyobyabwenge bakabikora basohotse mu bigo mu buryo butazwi ku buryo no mu bajura bafatwa usangamo abanyeshuri baba bagiye kwiba bahishe umwambaro w’ishuri.

    Ikindi gitegereje Umuyobozi mushya w’Akarere ka Musanze ni umushinga wo kubaka Convention Centre ya Musanze, umushinga wizwe n’abari muri manda icyuye igihe, ndetse no gukurikirana umushinga wo kubaka ibitaro bya Ruhengeri umaze imyaka itanu abaturage bawishyuza ubuyobozi. Uyu mujyi uracyakenewemo ibikorwaremezo binyuranye birimo inzu zigezweho, imihanda, amazi n’amashanyarazi.

    Burera

    Burera ni Akarere kakomeje kugirira icyizere umuyobozi wako Uwanyirigira Marie Chantal, aho bongeye kumutorera indi manda mu gihe abamwungirije babiri, ushinzwe ubukungu n’ushinzwe Imibereho myiza y’abaturage bose bakuweho hagatorwa abashya.

    Uwanyirigira Marie Chantal ni umuyobozi uzwiho gukurikirana cyane, akamenya uburyo abaturage be babayeho kuva ku mudugudu kugeza mu karere. Azwiho kandi kwicisha bugufi no kumva abaturage be, agakunda gukorana n’itangazamakuru cyane, aho arisubiza adategwa kubera ko aba yakurikiranye amakuru y’ibibera mu karere ayoboye.

    Muri manda y’imyaka itanu, agiye kuyoborana na Visi Meya ushinzwe Ubukungu Nshimyimana Jean Baptiste, na Visi Meya ushinzwe Imibereho myiza y’abaturage Mwanangu Theophile. Bategerejweho gukemura ibibazo binyuranye birimo umushinga wo kubaka inyubako nshya y’akarere uzatwara asaga miliyari eshatu wamaze gutangizwa ushyirwaho ibuye ry’ifatizo mu mezi ashize, nyuma y’uko ari kamwe mu turere tugikorera mu cyahoze cyitwa Komini.

    Meya Uwanyirigira kandi yitezweho gukemura ibibazo binyuranye byagiye bigaragara muri ako karere, birimo imishinga yagiye itwara akayabo k’amafaranga y’abaturage ariko ntigerweho.

    Muri iyo mishinga, harimo Hoteli y’Akarere ka Burera yubatse ku nkombe z’ikiyaga cya Burera yatwaye asaga miliyoni 500, ikaba imaze imyaka isaga itanu ifunze, nyuma y’uko yashyizwe ku isoko inshuro ebyiri ikabura abaguzi.

    Hari kandi n’inyubako z’umushinga w’uburobyi ku kiyaga cya Burera, umaze imyaka igera ku icumi warahagaze, aho inzu zamaze kwangirika ndetse n’ubutaka bwakorerwagamo uwo mushinga bukaba bupfa ubusa ibyo abenshi bafata nk’igihombo.

    Hari n’ikibazo cy’abarembetsi bakijya kuvana ibiyobyabwenge mu bihugu by’abaturanyi, ibyo bikaba bikomeje kuba ikibazo ku rubyiruko rukomeje kwishora mu biyobyabwenge ari nako bamwe bagenda bahaburira ubuzima, gusa icyo kibazo kikaba gikomeje gushakirwa umuti, aho hakomeje gutangwa imirimo muri VUP ku basaga 1000.

    Gicumbi

    Abagize komite nyobozi y’akarere ka Gicumbi, yaba Meya, na ba Visi Meya bombi, bose ni bashya, aho Nzabonimpa Emmanuel yatorewe koyobora ako karere asimbuye Ndayambaje Felix, akaba yungirijwe na Uwera Parfaite ushinzwe iterambere ry’ubukungu, na Mbonyintwari Jean Marie Vianney ushinzwe imibereho myiza y’abaturage.

    Kuba abo bayobozi bose ari bashya, hari umwanya bizabasaba mu kumenyera ako karere kanini cyane, dore ko kagizwe n’imirenge 21 kakaba aka mbere mu gihugu gafite imirenge myinshi.

    Uwo muyobozi wari usanzwe ashinzwe imirimo rusange mu Karere ka Gatsibo, inshingano yari amazeho imyaka isaga ine, aje guhangana n’ikibazo cy’abarembetsi binjiza ibiyobyabwenge mu Rwanda babikuye mu gihugu cya Uganda, gihana imbibi n’ako karere.

    Ategerejweho kandi kwakira Abanyarwanda banyuranye bagaruka baturutse muri Uganda, aho akenshi boherezwa mu Rwanda bakorewe iyicarubozo, bamwe bakubiswe bambuwe n’ibyabo.

    Ikindi kibazo kibangamiye abatuye akarere ka Gicumbi, ni ukutagira imihanda y’imigenderano, aho usanga usohotse mu mujyi wa Gicumbi ahura n’ibibazo byo kwinjira mu mirenge asesera, kubera kutagira imihanda y’imigenderano aho n’iyari ihari mike yamaze kwangizwa n’ibiza.

    Nzabonimpa asimbuye Ndayambaje Felix wari uzi gukorana cyane n’itangazamakuru, aho yatangaga amakuru mu gihe cyose akenewe.

    Rulindo

    Abagize Komite nyobozi y’akarere ka Rulindo bose ni bashya, aho Judith Mukanyirigira ari we watorewe kuyobora ako karere, akaba yungirijwe na Mutsinzi Antoine ushinzwe iterambere ry’Ubukungu na Mutaganda Théophile ushinzwe imibereho myiza y’Abaturage.

    Ubuyobozi bushya bwitezweho gukemura ibibazo binyuranye, birimo guhangana n’ibiza bikomeje kwibasira ako karere k’imisozi miremire, kongera ibikorwa remezo birimo n’inyubako y’akarere igaragara ko ari nto, ariko kandi bagakemura n’ikibazo cy’ibirarane by’abarimu bo muri ako karere bakunze kugaragaza ko babuze ubuvugizi bikabaviramo kwamburwa.

    Ahandi hakwiye gushyirwa imbaraga n’ubuyobozi bw’akarere ka Rulindo, ni mu mitangire y’Amasoko, aho byagaragaye ko hakiri ikibazo, amwe mu masoko akaba ahabwa abatujuje ibisabwa, ibyo bikadindiza iterambere ry’akarere.

    Urugero ni nk’aho Komisiyo ishinzwe kugenzura imikoreshereze y’imari n’umutungo by’igihugu (PAC), iherutse guhata ibibazo ubuyobozi bw’akarere, ku mitangire y’isoko ryo kubaka umuhanda Rwintare-Gitanda-Muvumo, ryatanzwe mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

    Ikibazo abo bayobozi bose b’uturere tugize Intara y’Amajyaruguru bahuriyeho, ni ikijyanye n’abangavu bakomeje guterwa inda imburagihe, aho byagaragaye ko imibare y’abangavu baterwa inda izamuka umunsi ku wundi, hakabaho gukingira ikibaba bamwe mu basambanya abangavu bikozwe na bamwe mu bayobozi n’ababyeyi.


    source : https://ift.tt/3cCsdsA

  • #COVID19: Abantu 10 banduye babonetse mu bipimo 14,839 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Nta muntu wishwe na Covid-19 mu Rwanda kuri uwo munsi, bituma kugeza ubu mu Rwanda abamaze guhitanwa n’icyo cyorezo bose hamwe bakomeza kuba 1,340.

    source : https://ift.tt/3DGNope

  • Perezida Kagame yagaragaje ikibura kugira ngo umupaka wa Uganda n’u Rwanda ufungurwe #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Umukuru w’Igihugu yagaragaje igikeneye kubanza gukorwa kugira ngo umupaka uhuza u Rwanda na Uganda ubashe gufungurwa nk’uko benshi babyifuza.

    N’ubwo Perezida Kagame na mugenzi we wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni bagiye bahura kugira ngo bakemure ibibazo hagati y’ibihugu byombi bimaze hafi imyaka ine, ku ruhande rwa Uganda ngo haracyari ikibazo gikomeye nk’uko Perezida Kagame abibona.

    Yagize ati “Twagize amahirwe yo kuganira ku bibazo bibiri by’ingenzi. Igice kinini cy’umupaka kirafunze, hari abavuga ngo mufungure imipaka ducuruze, ndetse ibyo buri muntu muri aka Karere arabishaka. Kuri twe, ikibazo ni icyatumye imipaka ifungwa, gikeneye gukemurwa mbere y’uko ifungurwa.”

    “Abanyarwanda bafite ibibazo byo kubuzwa kujya muri Uganda gukorerayo ishoramari. Inzego zo muri Uganda zirabahiga aho zibabonye, zitanga impamvu z’uko umutekano muke uterwa n’Abanyarwanda. Icyo kibazo twakiganiriyeho. Nyamara Abanya-Uganda bo iyo baje mu Rwanda nta bibazo bagira nk’ibyo Abanyarwanda bahura na byo muri Uganda.”

    Perezida Kagame yavuze ko hashize igihe atavugana na mugenzi we wa Uganda kubera uko kutumvikana hagati y’ibihugu byombi.

    Ati “Twaravuganaga ariko hashize igihe bihagaze. Hashize igihe, kuzageza ubwo ibi bibazo bizaba bikemutse, kuganira ntibyabaho hatabayeho impamvu ifatika. Muganira iyo muhuje, mukorera hamwe.”

    Leta ya Uganda imaze kugarura Abanyarwanda benshi mu Rwanda, aho abakozi bayo babazana ku mupaka bakaba ari ho babajugunya.

    Benshi muri bo baza bavuga ko bakorewe iyicarubozo ribababaza ku mubiri no mu mitekerereze. Bavuga ko babiterwa n’uko bashinjwa kuba intasi z’u Rwanda nyamara bakarekurwa batarigeze baburanishwa.

    U Rwanda kandi ruvuga ko Uganda ishyigikira imitwe ishinjwa Iterabwoba rigamije kuruhungabanyiriza umutekano, harimo uwa RNC wa Kayumba Nyamwasa.

    Umukuru w’Igihugu yagize icyo avuga ku miyoborere y’u Rwanda mu gihe amaze ku buyobozi n’ibiteganywa mu gihe kiri imbere

    Perezida Paul Kagame yavuze ko mu myaka 27 ishize ubu hari intambwe imaze guterwa mu bumwe n’ubwiyunge hagati y’Abanyarwanda kurusha uko bari babanye mbere.

    Yagize ati “Haracyari byinshi byo gukora. Nta kidasanzwe twakoresheje usibye gukemura ibibazo duhura na byo, kandi bikagirwamo uruhare na buri muntu, yaba abaturage n’abayobozi.”

    Perezida Kagame yavuze ko u Rwanda rudashobora gusubira inyuma ngo rugere aho rwavuye mu bihe bya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kuko ngo hubatswe imiyoborere ishingiye ku muturage kandi iteza imbere abaturage.

    Ati “Ibyagezweho biragaragara. Icya mbere ni uko abantu babigiramo uruhare, icya kabiri bitanga gutekana no gutuza, ndetse bikaba uburyo bwo guhindura imyumvire”.

    Perezida Kagame kuri ubu uri kuyobora muri manda ya gatatu nyuma yo kugirirwa icyizere n’abaturage muri 2017, yavuze ko iterambere igihugu cyifuza kugeraho ridashingira ku kuba ari we uzaba ku butegetsi.

    Ati “Si ngombwa ko mba ndi ku buyobozi ngo mbone ibyo byiza, bimwe muri byo byarakozwe kandi ndabibona. Hari byinshi twizeye ko bizaba byiza kuri twe no ku gihugu. Byashoboka ko bimwe byazabaho ntagihari ariko Abanyarwanda bazabibona banagire uruhare mu gutuma bibaho…Nk’uko nabivuze, bizaterwa n’icyo abaturage b’iki gihugu bifuza.”

    Icyo Perezida Kagame avuga kuri Opozisiyo(Abatavuga rumwe n’Ubuyobozi bwe)

    Umukuru w’Igihugu, ubwo yari abajijwe icyo avuga ku bamushinja guca intege abatavuga rumwe na we, yasubije ko abo bakwiye kuba ari abagambiriye icyiza ku Banyarwanda.

    Ati “Opozisiyo irahari, opozisiyo bivuze ko abantu bafite imyumvire itandukanye ku bijyanye n’imiyoborere, ibibera mu gihugu. Nubwo baba bafite imitekerereze ya politiki itandukanye, bahuriza ku kintu kimwe cy’imibereho myiza y’abaturage n’ituze ry’igihugu. Ntekereza ko kuri icyo badashobora kunyuranya.”

    Perezida Kagame avuga ko atakwiyumvisha ko hari uwaza yiyita uwo muri opozisiyo ariko ashaka kunyuranya n’iterambere u Rwanda rumaze kugeraho ndetse no guhungabanya igihugu.

    Perezida Kagame yabaye nk’usubira inyuma mu mateka u Rwanda rwanyuzemo, avuga ko habaye imvururu mu gihe cy’amashyaka menshi kandi yose yaranzwe no kuba ntibindeba kugeza ubwo Jenoside ibaye igahitana abantu basaga miliyoni imwe mu gihe cy’amezi atatu.

    Umukuru w’Igihugu yakomeje avuga ko buri gihugu kigira uburyo kiyoborwamo bwihariye, imikorere kigenderaho ku buryo ngo byaba bidakwiye kubwirizwa icyo gukora.

    source : https://ift.tt/3czy9Cm

  • Abafite inganda basabwe gukora ‘cotex’ zikoreshwa inshuro irenze imwe #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ihuriro ry’Inama y’igihugu y’abana ryahuriranye n’umunsi mpuzamahanga w’umwana, insanganyamatsiko y’inama y’uyu munsi ikaba igira iti ‘Ejo ni jye’.

    Mu gutangira iyi nama, batangiye bareba uko imyanzuro yo mu nama y’abana ya 14 yashyizwe mu bikorwa, bagaragaza ko yashyizwe mu bikorwa ku rwego rushimishije, kuko yari imyanzuro 16 muri rusange, 10 muri yo ikaba yaramaze gushyirwa mu bikorwa 4 ikaba ikirimo gushyirwa mu bikorwa mu gihe indi ibiri ari yo itarashyirwa mu bikorwa kubera ibibazo bitandukanye byasobanuwe.

    Mu mbwirwaruhame n’ibiganiro byatanzwe muri iyo nama, bagarutse kuri politiki yo gufasha abana kugira ngo bazagire ejo hazaza heza, kandi gutegura ejo hazaza heza hakaba inshingano ya buri muntu mu byo akora byose.

    Ikindi ni uko ababyeyi basabwe kugira umwanya wo kuganira mu muryango, kugira ngo hirindwe amakimbirane mu miryango akunze kuba intandaro yo gutuma abana bava mu miryango bakajya kuba mu mihanda. Kandi iyo abana bagiye kuba mu mihanda ngo biba bigoye bagira ejo heza igihugu kibifuriza.

    Mu myanzuro y’iyi nama, harimo ko hakwiye gushyirwaho abantu bashinzwe kumva ibibazo by’abana mu mashuri, nk’uko babyifuje kandi babisaba Minisiteri y’Uburezi kuko ngo babona ko babakenera kugira ngo bababwire ibibazo bafite ntibababone.

    Uwo mwanzuro waje nyuma y’igisubizo Minisitiri w’Uburezi Dr Uwamariya Valentine yari ahaye umwana wari uvuze ko bakenera abantu bumva ibibazo bafite mu gihe bari ku mashuri bakabafasha kubikemura (Counsellors).

    Minisitiri Dr Uwamariya ati “Ni byo natwe twarabibonye ko hakenewe abantu bashinzwe kumva ibibazo abana baba bafite bari ku mashuri, kuko hari ababa bafite ibibazo batavugira ahandi, ariko bakabura uwo babibwira ku ishuri. Ku bufatanye na Minisiteri y’Ubuzima turimo guhugura abantu bazaba bashinzwe kumva ibibazo abana baba bafite ku mashuri”.

    Mu yindi myanzuro yafashwe, ni uko abikorera bafite inganda bagiye gusabwa kuba batangira gukora ibikoresho by’isuku, abakobwa bifashisha bari mu mihango ‘cotex’ zikoreshwa inshuro irenze imwe.

    Uwo mwanzuro uje nyuma y’ikibazo kimaze iminsi kivugwa ku masoko yo mu gihugu, ko ibiciro bya ‘cotex’ byazamutse cyane, kandi uko kuzamuka kw’ibiciro bya ‘cotex’ bikaba bigira ingaruka ku bana b’abakobwa baturuka mu miryango ifite amikoro makeya, kuko bibagora gushobora kuzigura, nyamara bazikenera buri kwezi.

    Abana bitabiriye iyo nama basabwe kwirinda ibintu ibyo ari byo byose bibi, no kugira uruhare mu kurwanya ihohoterwa ribakorerwa, harimo kwirinda abantu babashuka, kumenya ibyo bareba kuri za interineti n’ibindi. Basabwe kandi gukomera ku muco mwiza w’Abanyarwanda, bagafatira urugero ku bayobozi bakuru b’igihugu.

    Mu ijambo Minisitiri Dr Uwamariya Valentine yavuze asoza iyo nama, yashimiye abatanyabikorwa bose bagira uruhare mu mibereho myiza y’abana, asoza yifuriza abana kugira umunsi mwiza w’abana.

    source : https://ift.tt/30KPZQv

  • Karongi: Imiryango 617 yafashijwe kuva mu makimbirane – #rwanda #RwOT

    Uwitonze Julienne, inshuti y’umuryango yo mu murenge wa Murundi mu karere ka Karongi, yavuze ko muri buri mudugudu baba barimo ari inshuti z’umuryango ebyiri, umugabo n’umugore.

    Ati “Abaturage baratwizera ndetse batwitabaza kenshi iyo bafitanye amakimbirane. Turicara tukaganira tugasasa inzobe buri umwe akavuga icyo ashinja mugenzi we, undi na we tukamuha umwanya. Twarangiza tukabereka ko bakwiye gutahiriza umugozi umwe.”

    Yankurije Immacullée wo mu karere ka Karongi mu murenge wa Murundi n’umugabo we Munyampundu Evariste, bahoze babana mu makimbirane ariko baje gufashwa bayavamo.

    Nyuma yo kuganirizwa n’inshuti z’umuryango, Munyampundu yavuze ko yasanze ibyo yakoreraga umugore we byo gukoresha umutungo w’urugo batabyumvikanyeho, kumukubita no kutamufasha imirimo ari ihohoterwa.

    Ati “Ubu mfata ishoka nkagenda ngatema igiti nkacyasa, mfata ijerekani nkajya kuvoma. Mbere sinabaga nakuraho umwanda igihe umwana yiherereye aho bitagenewe , nabirindirizaga umugore”

    Munyampundu yakomeje avuga ko amaze guhinduka bamwe batangiye kuvuga ko umugore we yamuhaye inzaratsi, ariko ubu we n’ umugore we ni abakangurambaga mu kurwanya amakimbirane yo mu ngo.

    Yankurije avuga ko bamaze kuganirizwa umugabo we yamusabye imbabazi batangira gufashanya biteza imbere. Kuri ubu icyo bagiye gukora cyose bakijyaho inama.

    Mbere y’ uko batangira kujya inama Munyampundu wumvaga ko nta nama yagisha umugore yagurishije inka ebyiri akuramo ibihumbi 330 yose abatekamutwe yarayamurya, akajya ataha agakubita umugore.

    Aho batangiriye kongera gushyira hamwe , bongeye kugura inka, bagura ihene n’inkoko ndetse banavugurura inzu yabo bubaka inzu nini irimo sima mu gihe babaga mu nzu mbi.

    Rugundana Augustin, umukozi w’umuryango Haguruka, yavuze ko bashishikariza abafitanye amakimbirane kujya bitabaza ubutabera bwunga aho kugana inkiko.

    Ati “Bigabanya ibibazo bijya mu nkiko. Nk’uko Perezida wa Repubulika yabivuze atangiza umwaka w’ubucamanza, uburyo bwo gukemura ibibazo hakoreshejwe ubuhuza, bituma abafitanye ibibazo bongera gusangira no gusabana”

    Rugundana avuga ko gukemura ibibazo binyuze mu bucamanza bisiga hari utsinzwe n’utsinzwe, bigasiga inzika ndetse n’inzigo.

    Mu karere ka Karongi habarurwaga imiryango 1012 yari ifitanye amakimbirane, muri yo 617 yafashijwe kuva mu makimbirane ubu ibanye neza.

    Ibiro by’akarere ka Karongi mu Ntara y’Iburengerazuba

    source : https://ift.tt/3qZSObk

  • ‘Opozisiyo’, iby’umubano we na Museveni n’ibindi: Ikiganiro kirambuye Perezida Kagame yagiranye na Al Jazeera – #rwanda #RwOT

    Umukuru w’Igihugu yabigarutseho mu kiganiro kirambuye yagiranye n’umunyamakuru wa Al Jazeera, cyabereye muri Village Urugwiro ku Kacyiru.

    Yabajijwe ku ngingo zitandukanye zirimo iterambere ry’u Rwanda, icyo atekereza ku gukomeza kuyobora, umubano we na Yoweri Museveni wa Uganda, icyemezo cyo kohereza ingabo muri Mozambique ndetse n’igisobanuro cya opozisiyo kuri we.

    Perezida Paul Kagame yavuze ko mu myaka 27 ishize, abantu basaga n’abadahuje ariko ubu hari intambwe ifatika imaze guterwa.

    Yakomeje ati “Haracyari byinshi byo gukora ngo tugere aho twifuza. Nta banga ridasanzwe twakoresheje usibye kuba abantu bakemura ibibazo duhura nabyo, kandi bikagirwamo uruhare na buri wese, yaba abaturage n’abayobozi.’’

    Yanavuze ko u Rwanda rudashobora gusubira aho rwavuye muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kuko hubatswe politiki politiki iteza imbere abaturage.

    Ati “Ibyagezweho birivugira. Ntabwo dukora ngo tugere kuri ibyo, dufite indi ntego kandi mu buryo burambye. Icya mbere abantu babigiramo uruhare, icya kabiri bitanga gutekana no gutuza ndetse ni uburyo bwo guhindura imyumvire.”

    -  “Iterambere ry’u Rwanda si ngombwa ko rinsanga ku butegetsi”

    Kagame yabaye Visi Perezida abifatanyije no kuba Minisitiri w’Ingabo kuva mu 1994 kugeza mu 2000. Ku wa 24 Werurwe 2000 ni bwo yagizwe Perezida muri Leta y’Inzibacyuho asimbuye Pasteur Bizimungu wari umaze kwegura.

    Umukuru w’Igihugu ari kuyobora manda ya gatatu nyuma yo kubisabwa n’abaturage ndetse akanatorwa mu 2017.

    Abajijwe niba azakomeza kuyobora u Rwanda yasobanuye ko iterambere igihugu cyifuza kugeraho ridashingira ku kuba ari ku butegetsi.

    Ati “Si ngombwa ko mba ndi ku butegetsi ngo mbone inyungu z’ibyo ndi kuvuga, bimwe mu byiza byarakozwe kandi ndabibona. Hari ibintu byinshi twizeye ko bizaba, byiza kuri twe no ku gihugu. Byashoboka ko bimwe bizabaho ntagihari ariko Abanyarwanda bazabibona cyangwa bagire uruhare mu gutuma bibaho. […] Ni urugendo. Nk’uko nabivuzeho, bizaterwa n’icyo abaturage b’iki gihugu bashaka.’’

    -  Igisobanuro cya ‘Opozisiyo’ kuri Perezida Kagame

    Perezida Kagame yabajijwe icyo avuga ku bamushinja guca intege abatavuga rumwe na we, mu gusubiza agaragaza ko abo bakwiye kuba baharanira icyiza ku baturage.

    Ati “Opozisiyo irahari, opozisiyo isobanuye abantu bafite imyumvire itandukanye ku bijyanye n’imiyoborere, ibiri kuba mu gihugu. Nubwo baba bafite imitekerereze ya politiki itandukanye bahuriza ku kintu kimwe, ari cyo imibereho myiza y’abaturage n’ituze ry’igihugu. Ntekereza ko kuri icyo badashobora kunyuranya.’’

    “Sintekereza ko hari uzaza wiyita uwo muri Opozisiyo wumvikana nk’ushaka kunyuranya n’ibyubatswe atekereza ko ashaka gukuraho aba ngo ahungabanye igihugu. Mu yandi magambo, ibyo [ibikwiye abaturage] ni ibintu bishobora kumvikanwaho.’’

    Yatanze urugero ko mu mateka y’u Rwanda habaye imvururu kandi icyo gihe hari amashyaka menshi ariko yose yararebereye kugeza Jenoside ibaye igahitana inzirakarengane zisaga miliyoni mu mezi atatu.

    Perezida Kagame ati “Nta opozisiyo yahagurutse ngo yange kuyoboka uwo mujyo, bose babigizemo uruhare.’’

    Yasobanuye ko buri gihugu kigira uburyo bwacyo bw’imikorere kigenderaho ndetse bidakwiye ko kibwirizwa icyo gukora.

    -  Urunturuntu ruracyari mu mubano w’u Rwanda na Uganda

    Kuva mu myaka ine ishize, u Rwanda na Uganda birebana ay’ingwe kubera Abanyarwanda bafatirwa muri iki gihugu bagakorerwa iyicarubozo.

    Nubwo kuva mu 2019, Perezida Kagame na Museveni bahuriye mu nama yatumijwe mu gucoca ibyo bibazo, Uganda iracyagenda biguru ntege mu kubishakira umuti.

    Perezida Kagame yavuze ko ibihugu bizakomeza gushaka ibisubizo ku bibazo bihari cyane ko umuzi bwabyo uzwi ahubwo hakenewe guhuza imyumvire.

    Ati “Twagize amahirwe yo kubiganira, ndavuga bibiri by’ingenzi. Igice kinini cy’umupaka kirafunze, hari abantu bavuga ngo mufungure imipaka, ducuruze, kandi ni byo buri wese ashaka mu Karere. Kuri twe, ikibazo ni icyatumye mu by’ukuri imipaka ifungwa, gikeneye gukemurwa mbere y’uko ifungurwa.’’

    “Twumvise ingero z’aho Abanyarwanda bagira ibibazo cyangwa bakabuzwa kujya muri Uganda gukorerayo ishoramari risanzwe. Inzego zo muri Uganda zihiga Abanyarwanda, aho bababonye, bafite impamvu nyinshi bashyira imbere bavuga ko umutekano muke uterwa n’Abanyarwanda. Twagaragaje n’icyo kibazo. Ariko iyo Abanya-Uganda baje mu Rwanda nta bibazo bagira nk’ibyo Abanyarwanda bahura nabyo muri Uganda.’’

    Perezida Kagame nk’umwe mu bagize uruhare mu gufasha Museveni mu rugamba rwo gufata ubutegetsi bwa Idi Amin Dada mu 1979.

    Yavuze ko atakivugana na Museveni kubera agatotsi kari mu mubano w’ibihugu byombi.

    Ati “Twaravuganaga ariko hashize igihe bihagaze. Hashize igihe, kugeza ubwo ibi bibazo bizaba bikemutse, kuganira ntibikwiye kubaho nta mpamvu ifatika. Muganira iyo muhuje, mukorera hamwe, niba bidahari byaba bimaze iki?’’

    Kuva umwuka mubi watangira hagati y’ibihugu byombi, u Rwanda rwakunze kugaragariza Uganda ko abaturage barwo bahohoterwa, gusa nta kintu na kimwe cyigeze gikorwa kuri izo mpungenge.

    Abanyarwanda benshi bamaze kwirukanwa muri Uganda bakajugunywa ku mupaka uhuza ibihugu byombi. Benshi babanza gukorerwa iyicarubozo ribabaza umubiri n’umutima bashinjwa kuba intasi z’u Rwanda ndetse ntibagezwa imbere y’ubutabera ngo baburanishwe.

    U Rwanda rushinja Uganda ko ishyigikira imitwe y’iterabwoba igamije kuruhungabanyiriza umutekano irimo RNC ya Kayumba Nyamwasa.

    Perezida Kagame yasubije ibibazo bitandukanye birimo agatotsi kakiri mu mubano w’u Rwanda na Uganda avuga ko gakwiye gushakirwa umuti kuko imvano yako izwi

    source : https://ift.tt/3HJw7OE

  • Abafite inganda basabwe gukora ‘cotex’ zikoreshwa inshuro irenze imwe #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ihuriro ry’Inama y’igihugu y’abana ryahuriranye n’umunsi mpuzamahanga w’umwana, insanganyamatsiko y’inama y’uyu munsi ikaba igira iti’ Ejo ni jye’.

    Mu gutangira inama y’uyu munsi, batangiye bareba uko imyanzuro yo mu nama y’abana ya 14 yashyizwe mu bikorwa, bagaragaza ko yashyizwe mu bikorwa ku rwego rushimije, kuko yari imyanzuro 16 muri rusange, 10 muri yo ikaba yaramaze gushyirwa mu bikorwa 4 ikaba ikirimo gushyirwa mu bikorwa mu gihe indi ibiri ari yo itashyirwa mu bikorwa kubera ibibazo bitandukanye byasobanuwe.

    Mu mbwirwa ruhame n’ibiganiro byatanzwe mu nama y’uyu munsi, bagarutse kuri politiki yo gufasha abana kugira ngho bazagire ejo hazaza heza, kandi gutegura ejo hazaza heza hakaba inshingano ya buri muntu mu byo akora byose.

    Ikindi ni uko ababyeyi basabwe kugira umwanya wo kuganira mu muryango, kugira ngo hirindwe amakimbirane mu miryango akunze kuba intandaro yo gutuma abana bava mu miryango bakajya kuba mu mihanda. Kandi iyo abana bagiye kuba mu mihanda ngo biba bigoye bagira ejo heza igihugu kibifuriza.

    Mu myanzuro y’inama y’uyu munsi, harimo ko hakwiye gushyirwaho abantu bashinzwe kumva ibibazo by’abana mu mashuri, nk’uko babyifuje kandi babisaba Minisiteri y’uburezi kuko ngo babona ko babakenera kugira ngo bababwire ibibazo bafite ntibababone.

    Uwo mwanzuro waje nyuma y’igisubizo Minisitiri w’Uburezi Dr Uwamariya Velentine yari ahaye umwana wari uvuze ko bakenera abantu bumva ibibazo bafite mu gihe bari ku mashuri bakabafasha kubikemura ‘Conseillors).

    Minisitiri Dr Uwamariya ati “Ni byo natwe twarabibonye ko hakenewe abantu bashinzwe kumva ibibazo abana babafite bari ku mashuri, kuko hari abababa bafite ibibazo batavugira ahandi, ariko bakabura uwo babibwira ku ishuri. Ku bufatanye na Minisiteri y’ubuzima turimo guhugura abantu bazaba bashinzwe kumva ibibazo abana baba bafite ku mashuri”.

    Mu yindi myanzuro yafashwe, ni uko abikorera bafite inganda, bagiye gusabwa kuba batangira gukora ibikoresho by’isuku, abakobwa bifashisha bari mu mihango ‘cotex’ zikoreshwa inshuro irenze imwe.

    Uwo mwanzuro uje nyuma y’ikibazo kimaze iminsi kivugwa ku masoko yo mu gihugu, ko ibiciro bya ‘cotex’ byazamutse cyane, kandi uko kuzamuka kw’ibiciro bya ‘cotex’ bikaba bigira ingaruka ku bana b’abakobwa baturuka mu miryango ifite amikoro makeya, kuko bibagora gushobora kuzigura, nyamara bazikenera buri kwezi.

    Abana bitabiriye iyo nama basabwe kwirinda ibintu ibyo ari byo byose, no kugira uruhare mu kurwanya ihohoterwa ribakorerwa,harimo kurinda abantu babashuka, kumenya ibyo bareba kuri za interineti n’ibindi. Basabwe kandi gukomera k’umuco mwiza w’abanyarwanda, bagafatira urugero ku bayobozi bakuru b’igihugu.

    Mu ijambo Minisitiri Dr Uwamariya Valentine yavuze isoza iyo nama, yashimiye abatanyabikorwa bose bagira uruhare mu mibereho myiza y’abana, asoza yifuriza abana kugira umunsi mwiza w’abana.

    source : https://ift.tt/3cBjuqw

  • U Rwanda n’u Budage bariga uko amakuru y’iteganyagihe yasanga umuhinzi mu mudugudu #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ni ibiganiro bibera mu ishuri rikuru INES-Ruhengeri kuva tariki 19 Ugushyingo 2021, aho byitabiriwe n’Impuguke zinyuranye zirimo abigisha muri INES-Ruhengeri, Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi mu Rwanda (MINAGRI), binyuze mu kigo kiyishamikiyeho (RAB), Meteo-Rwanda n’Itsinda ry’Abadage riturutse mu Ntara ya Rhénanie-Palatinat ku bufatanye n’ikigo cy’u Budage gishinzwe imishinga itandukanye (GIZ).

    Umuyobozi mukuru wungirije ushinzwe ubuhinzi muri RAB, Charles Bucagu, avuga ko uwo mushinga wa Leta y’u Rwanda na Leta y’u Budage yamaze kohereza itsinda riturutse muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi muri icyo gihugu n’intumwa zaturutse muri Kaminuza ya Bingen, ugamije kubaka uburyo amakuru y’iteganyagihe yafasha abahinzi kurushaho kumenya amakuru yimbitse y’igihe, haba mu mvura cyangwa ku zuba mu rwego rwo kurushaho kunoza ubuhinzi bwabo bukababyarira inyungu.

    Ati “Icyo tureba ni ukunoza amakuru yari asanzwe atangwa n’ikigo cya meteo, kugira ngo umuturage tumuhe amakuru ajyanye n’aho atuye bijye bimufasha gufata icyemezo kijyanye n’ubuhinzi bwe n’ubworozi, urugero niba umuturage agomba gutera umuti mu birayi kandi imvura izagwa ejo, yafata icyemezo cyo kuba aretse kugira ngo wa muti utajyanwa n’imvura, akazatera ku munsi ukurikiyeho”.

    Uwo muyobozi, yavuze ko amakuru yatangwaga ariko mu buryo bugari ntibibe byafasha umuturage, ibyo bigatuma bakora ubuhinzi, ariko badafite amakuru yuzuye ajyanye na buri gace.
    Yemeza ko inyigo bari gukora ijyanye cyane cyane no kwegereza amakuru ku muturage mu kagari n’umudugudu atuyemo.

    Yavuze kandi ko abaturage bagiye babashinja kubaha amakuru atajyanye n’aho batuye, ati “Imvura iragwa hano, wagera hirya gato munsi y’umusozi ugasanga ntiyaguye kandi amakuru yatanzwe ari amwe muri ako gace, ni byo dushaka kunoza kugira ngo amakuru tuyajyane hasi ku muturage ku rwego rw’umudugudu no ku kagari”.

    Arongera ati “Ejo twakoze ibiganiro n’abahinzi b’ibirayi muri Musanze, badusaba ko twajya tubagezaho amakuru aho batuye, aho bagaragaje ko hari ubwo bahura n’ibihombo kubera kubura amakuru y’iteganyagihe ajyanye n’aho batuye”.

    Ni umushinga Leta y’u Budage yitezeho kurushaho kuzamura urwego rw’umubano hagati y’u Rwanda n’u Budage, nk’uko Dr.Volker Wenghoefer ukuriye itsinda ry’impuguke zaturutse mu gihugu cy’u Budage yabitangarije Kigali Today.

    Dr. Volker Wenghoefer ukuriye Itsinda ryaturutse mu Budage
    Dr. Volker Wenghoefer ukuriye Itsinda ryaturutse mu Budage

    Ati “Uyu mushinga witezweho kongera imikoranire hagati ya Leta y’u Rwanda n’Intara ya Rhénanie-Palatinat, binyuze muri Minisiteri zinyuranye zirimo Minisiteri y’Ubukungu, iy’Ubwikorezi, iy’Ubuhinzi n’ubworozi mu Budage”.

    Yongeyeho ko Iyo ntara ya Rhénanie-Palatinat ku nkunga y’ikigo cya GIZ, biteguye gushyigikira uwo mushinga mu rwego rwo gufasha umuhinzi kuzamura iterambere ry’umwuga bakora no kuzamura ubumenyi ku bijyanye n’imihindagurikire y’ikirere.

    Ibyo biganiro birabera muri INES-Ruhengeri nyuma y’igihe kirekire iryo shuri rukuru rigiranye umubano n’intara ya Rhénanie-Palatinat, ahari imikoranire na Kaminuza zinyuranye zo mu Budage muri gahunda zinyuranye cyane cyane izijyanye no gushimangira ireme ry’uburezi.

    Uwo mushinga w’imikoranire ukaba witezweho kuzamura ubuhinzi bukoreshejwe ikoranabuhanga cyane cyane ku batuye akarere ishuri rya INES-Ruhengeri riherereyemo, nk’uko Padiri Dr Hagenimana Fabien Umuyobozi wa INES-Ruhengeri yabitangarije Kigali Today.

    Padiri Dr Hagenimana Fabien Umuyobozi wa INES-Ruhengeri
    Padiri Dr Hagenimana Fabien Umuyobozi wa INES-Ruhengeri

    Ati “Tumaze iminsi tuganira n’intara ya Rhénanie- Palatinat ku mishinga irebana no guteza imbere ubuhinzi cyane cyane dukoresheje ikoranabuhanga, burya ubuhinzi kera bwacungiraga ku isuka nziza y’umujyojyo n’ibigango by’umuhinzi, ariko ubuhinzi igihe kinini cyabwo kugira ngo ugere ku musaruro mwiza, ni mu mutwe, ni ugukoresha ubwenge”.

    Arongera ati “Ni yo mpamvu rero dutekereza uburyo bwo gukora ‘Smart agriculture’ (ubuhinzi bwifashisha ikoranabuhanga), cyane cyane tugashyira hamwe ubwenge bwacu mu buryo butuma tumenya amakuru ajyanye n’imihindagurikire y’ikirere, kugira ngo umuhinzi mu gihe ateye umuti imvura ireke kuwutwara bitewe n’uko atamenye igihe cyo kuwutera, ni byo turi kuganira n’Abadage na MINAGRI ndetse na Meteo-Rwanda, kugira ngo uwo mushinga ujye mu bikorwa abahinzi bacu beze, ubukungu bw’igihugu buzamuke n’imvune y’abahinzi igabanuke”.

    Ni umushinga ugiye gukorerwa isuzuma mu turere tubiri rwo mu ntara ishyuha n’intara ikonja, ari two Akarere ka Kayonza ko mu ntara y’Iburasirazuba, n’akarere ka Musanze ko mu ntara y’Amajyaruguru.

    Uwo mushingwa uzakorwa mu ngengo y’imari izaturuka muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi yo mu gihugu cy’u Budage. Uratangirira ku gihingwa cy’ibirayi n’ibigori, bikaba byitezwe ko mu gihe uzaba umaze kunozwa uzagezwa hose mu gihugu, ugafasha abahinzi mu bihingwa binyuranye.

    source : https://ift.tt/3kRstIH

  • U Rwanda rwungutse abahanga mu kuba Indorerezi mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abahuguwe uko ari 20 baturutse mu Ngabo za RDF, bayasoje bafite ubunararibonye mu guhugura abandi kuba Indorerezi mu butumwa bw
    Abahuguwe uko ari 20 baturutse mu Ngabo za RDF, bayasoje bafite ubunararibonye mu guhugura abandi kuba Indorerezi mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye N

    Mu gihe bari bamaze bahugurirwa kuzahugura abandi, aba Ofisiye 20 batoranyijwe mu Ngabo z’u Rwanda, bigishijwe n’abarimu bo mu bihugu birimo Brazil, u Budage, Uruguay ndetse na Nigeria.

    Abarangije aya mahugurwa barimo Maj. Catherine Mutegaraba, bahamya ko barushijeho kumenya uko Indorerezi zitwara, imikorere ikwiye, ubwirinzi n’imibanire hagati yazo n’abaturage mu gihe cyo kubungabunga amahoro, bigafasha gusohoza neza ubutumwa bw’Umuryango w’Abibumbye.

    Yagize ati: “Aya mahugurwa atwongereye ubushobozi bw’ubumenyi buhagije mu kwigisha abazaba indorerezi. Ubusanzwe mu gihe cyo kwigishwa amasomo nk’aya, abahugura bajyaga baturuka mu bihugu bya kure, kubera ko tutagiraga Abanyarwanda bafite ubwo bumenyi. Rimwe na rimwe hakaba nk’ibyo bamwe muri bagenzi bacu bigishijwe ariko ntibabyumve mu buryo bwimbitse, kubera ururimi batumva neza. Kuba duhuguwe tukagera ku rwego rwo kwigisha n’abandi; ni amahirwe akomeye cyane igisirikari cy’u Rwanda cyungutse, azatuma benshi bunguka ubwo bumenyi, ku buryo aho bazajya boherezwa hose, ibyo bazaba bashinzwe bazabikora uko bikwiye”.

    Abitabiriye aya mahugurwa, bayasoje bari ku rwego, rwemewe rw’Umuryango w’Abibumbye (UN) rwo guhugura bagenzi babo yaba hano mu Rwanda, bakazatoranywamo n’abazajya boherezwa na UN kwigisha no mu bindi bihugu byo hirya no hino ku isi.

    Rtd Col. Jill Rutaremara
    Rtd Col. Jill Rutaremara

    Rtd Col Jill Rutaremara, Umuyobozi wa Rwanda Peace Academy, yasabye abasoje aya mahugurwa guharanira kuba intangarugero no kubitoza abandi. Yagize ati: “Muri iki gihe bamaze bahugurwa, hari amategeko menshi agenderwaho mu gihe cy’ubutumwa basobanuriwe bihagije. Bigishijwe ko imyitwarire idahwitse no gutandukira inshingano mu gihe cy’ubutumwa bw’amahoro, bigira ingaruka ku muntu ku giti cye, urwego rwamwohereje, bikica akazi ndetse n’icyizere ku gihugu kiba cyaramwoherejeyo kigatakara. Abasoje aya mahugurwa, twabasabye gushingira ku ndangagaciro z’ubunyamwuga nyabwo, kurangwa n’umurava; ibyo byose bakabihuza n’inshingano zo kuba Indorerezi, bakajya babyibandaho mu gihe bigisha abandi, kugira ngo twubake abanyamwuga nyabo mu birebana no kuba Indorerezi”.

    Aba ni bamwe mu barimu bigishije abitabiriye aya mahugurwa barimo uwaturutse mu gihugu cy
    Aba ni bamwe mu barimu bigishije abitabiriye aya mahugurwa barimo uwaturutse mu gihugu cy’u Budage, Brazil, Uruguay ndetse na Nigeria

    Ni amahugurwa yateguwe ku bufatanye n’Igihugu cy’u Bwongereza, kibinyujije mu Kigo gishinzwe gutera inkunga amahugurwa mu birebana no kubungabunga amahoro Ishami rya Afurika (BPST-A) n’Ikigo (ITS) gishinzwe ibirebana n’amahugurwa mu Muryango w’Abibumbye.


    source : https://ift.tt/3cx1zkP