Tag: featured

  • Perezida Kagame yitabiriye siporo rusange #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Iyo siporo iba cyane cyane mu Mujyi wa Kigali iba igamije gutuma umujyi wa Kigali urushaho kugaragara neza mu rwego rwo kurengera ibidukikije, ndetse ikaba igamije no gushishikariza abaturage kugira ubuzima bwiza.

    Today, President Kagame participated in #CarFreeDay, the mass sports event takes place twice a month and serves to make Kigali a green city while promoting a healthy lifestyle. pic.twitter.com/UgJoqQw8UN

    — Presidency | Rwanda (@UrugwiroVillage) November 21, 2021

    source : https://ift.tt/3DF34JE

  • Nyabihu: Polisi yafashe abaherutse kwiba ibyapa byo ku muhanda – #rwanda #RwOT

    Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’iburengerazuba, Chief Inspector of Police (CIP) Bonaventure Twizere Karekezi yavuze ko ibyapa bibye babishinguje ku kiraro gihuza Akarere ka Nyabihu n’Akarere ka Gakenke.

    Yagize ati” Umuturage wo mu Mudugudu wa Gakoro nyuma yo kubona ibyapa bine byashingujwe yahise acyeka umwe muri bo atanga amakuru, hahise hategurwa igikorwa cyo kumufata. Abapolisi bagiye iwe basanga koko ,mu nzu harimo ibyapa bine byabaga ku kiraro. Bibiri bigaragaza ko imbere hari ikiraro, ibindi bibiri bigaragaza uburemere bw’ibintu bigomba kunyuzwa kuri icyo kiraro (Kutarenza toni 30).”

    Amaze gufatwa yavuze ko undi wamuzaniye ibyo byapa, akamusaba kubimubikira amusezeranya kuzamuhemba amafaranga y’u Rwanda ibihumbi Bitanu. Niyigena nawe yahise afatwa nawe yemera ko ibyo byuma bagombaga kuza kubigurisha abantu bagura ibyuma bishaje (Inyuma).

    Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba yashimiye umuturage wihutiye gutanga amakuru agaya bariya bagiye kwiba biriya byuma. Yibukije abaturage ko buri muntu afite inshingano zo kurinda ibikorwa remezo Leta igenda ibegereza.

    Ati “Bariya bantu bagiye gukurikiranwaho icyaha cyo kwiba no kwangiza ibikorwa remezo. Biriya byapa byafashaga abatwaye ibinyabiziga kumenya ko imbere hari ikiraro ndetse bakanamenya ibiro batagomba kurenza igihe bagiye kunyura kuri kiriya kiraro, byari kuzateza impanuka iyo ibinyabiziga bihagera ntibihasange ibyo byapa.”

    Abafashwe bahise bashyikirizwa Urwego rushinzwe ubugenzacyaha(RIB) rukorera muri sitasiyo ya Polisi ya Rugera kugira ngo hatangire iperereza.

    Itegeko nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange Ingingo ya 182 ivuga ko Umuntu wese usenya cyangwa wonona ku bw’inabi, ku buryo ubwo ari bwo bwose, inyubako yose cyangwa igice kimwe cyayo, inzu, iteme, urugomero, uruhombo rw’amazi n’inzira yarwo, inzira ya gari ya moshi cyangwa ibikoresho ibyo ari byo byose by’itumanaho cyangwa by’ingufu z’amashanyarazi, amariba cyangwa izindi nyubako zose bitari ibye, aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka itatu (3) ariko kitarenze imyaka itanu (5) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni eshatu (3.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni eshanu (5.000.000 FRW).

    Ingingo ya 166 ivuga ko Umuntu wese uhamijwe n’urukiko icyaha cyo kwiba, ahanishwa igifungo kitari munsi y’umwaka umwe (1) ariko kitarenze imyaka ibiri (2) ,ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni imwe (1.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni ebyiri (2.000.000 FRW), imirimo y’inyungu rusange mu gihe cy’amezi atandatu (6) cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.

    Ingingo ya 167 ivuga ko igihano kikuba Kabiri iyo kwiba byakozwe nijoro bigakorwa n’abantu barenze umwe.

    Bafashwe bakekwaho gushingura ibyapa bakajya kubigurisha mu nyuma

    source : https://ift.tt/3DDdwRR

  • Uwahoze ari umuyobozi wa RIB mu karere ka Rusizi yahamijwe icyaha cyo kwakira indonke – #rwanda #RwOT

    Ubushinjacyaha bwari bwamureze icyaha cyo kwakira indonke n’icyo kudasobanura inkomoko y’umutungo. Yahamijwe icyaha cyo kwakira indonke agirwa umwere ku cyaha cyo kudasobanura inkomoko y’umutungo.

    Ku itariki ya 24 Gicurasi 2021 saa tanu z’ijoro (23hoo) nibwo uwari Umuyobozi wa RIB mu Karere yafatiwe mu cyuho yakira amafaranga ibihumbi magana atatu (300.000), akaba yari yayasabye kugira ngo afashe gufungura umuntu wari ufunze akurikiranyweho icyaha cyo gucuruza urumogi.

    Amaze gufatwa bagiye gusaka iwe bahasanga amafaranga agera kuri Miliyoni n’ibihumbi ijana (1.100.000)

    Icyaha cyo kwaka no kwakira indonke giteganywa kandi kigahanishwa ingingo ya 4 n’iya 5 z’itegeko No 54/2018 ryo ku wa 13/08/2018 ryerekeye kurwanya ruswa.


    source : https://ift.tt/3nBIvIo

  • Karongi: Bakusanyije miliyoni 4 Frw kugira ngo umurenge wabo uve mu ya nyuma muri mutuelle – #rwanda #RwOT

    Pasiteri Munyanshongore Frodouard wo mu itorero rya ADEPR/Rubengera yavuze ko mbere yajyaga abwiriza ntiyite ku gushishikariza abakirisitu gutanga mutuelle ariko ko nyuma byamuhaye isomo.

    Ati “Umunsi umwe naherekeje korali yasohotse, umukobwa umwe urugi rw’imodoka rumufata intoki arakomereka bikomeye. Nsanga nta mutuelle afite, ndababwiza ukuri ko muri ayo materaniro nta watuye. Negereye buri muririmbyi, ufite 1000frw, ufite 2000frw ufite 3000frw mu ikofi ndayabaka kugira ngo uyu mukobwa avurwe. Byageze igihe cyo gutura ntawe ufite ituro.”

    Yakomeje agira ati “Ibi byampaye isomo, mpita mfata umwanzuro wo kujya ngenzura niba abakirisitu banjye bafite mutuelle abatishoboye nk’itorero tukayibatangira.”

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rubengera, Nkusi Médard yabwiye IGIHE ko umwanzuro wo gukusanya aya mafaranga wavuye mu bafatanyabikorwa b’uyu murenge ubwabo nyuma yo gusanga bari mu mirenge ya nyuma mu karere kandi ari umurenge w’umujyi.

    Ati “Abafatanyabikorwa nyuma yo kubona ko tudahagaze neza muri mutuelle bahise bakusanya 4 300 000 Frw muri miliyoni 7 twaburaga kugira ngo twese umuhigo. Bihaye intego yo kuba bamaze kuyatanga bitarenze ukwezi kumwe, nitumara kuyatanga tuzaza nko ku mwanya wa gatanu”.

    Kugeza abaturage b’umurenge wa Rubengera bamaze kwishyura ubwisungane mu kwivuza ni 89,2%, aribyo bishyira uyu murenge ku mwanya wa cyenda mu mirenge 13 igize akarere ka Karongi.

    Abavuga rikijyana biyemeje gufasha abaturage batishoboye mu kwishyura ubwisugane mu kwivuza bw’uyu mwaka

    source : https://ift.tt/2Z91rox

  • Rubavu: Amatsinda ya Mvura Nkuvure yahawe inkunga ahabwa umukoro wo kurandura amacakubiri – #rwanda #RwOT

    Buri tsinda ryagenewe ibihumbi 300 Frw nk’inkunga yo kwifashisha mw’iteramberebari bagezeho.

    Ubuyobozi bw’akarere bwasabye abagize ayo matsinda gufatanya mu kurwanya amateka y’amacakubiri yaranze aka karere n’ibikomere bituruka ku ntambara y’abacengezi.

    Ni amatsinda yaturutse ku biganiro abaturage bafite ibibazo by’amakimbirane bagiye bagira, bagacoca ibibazo byose bagahitamo kwishyira hamwe ngo biteze imbere.

    Kuradusenge Marie Louise wo mu murenge wa Nyundo mu itsinda ry’urubyiruko, Indashyikirwa, yashimye inkunga bahawe, avuga ko igiye kubafasha kurushaho kwiteza imbere.

    Ati’ “Mvura nkuvure yatwigishije kubana mu mahoro kuko twebwe nubwo turi bato, bamwe ababyeyi babo bakoze Jenoside abadi barayikorewe kuburyo ubu tubanye neza. Kuba baduhaye amafaranga ibihumbi 300 araza asanga ayandi twizigamiye, tugiye gufungura ahantu ho gucuruza ibiribwa’’.

    Mureramanzi Abel wo mu murenge wa Bugeshi, yavuze ko mbere bari bafitanye ibibazo bituruka ku mateka ariko Mvura Nkuvure ikabashyira hamwe bakubaka itsinda none ubu bakaba bagiye gutangiza umushinga wo guhinga ibirayi.

    Ati “Ubumwe n’ubwiyunge twabugezeho iwacu. Ubu turabana neza twishyize hamwe, twaguze intama 90 ndetse twatangiye kugura imbuto kuburyo tuzahinga ibirayi umushinga ube munini’’.

    Umuyobozi wa Community Based Sociotherapy Program Rwanda, Angela Jansen yavuze ko aya matsinda asanzwe akorera hamwe, inkunga bahawe akaba ari ukubatera ingabo mu bitugu.

    Ati “Aya matsinda amaze igihe kinini akorera hamwe kandi bazi icyo gukorera hamwe bisobanuye nubwo nta nkunga ivuye hanze bafite ubushobozi bwo kwizamura aya mafaranga azabongera imbaraga kugira ngo bakomeze ibyo basanzwe bakora’’.

    Umuyobozi w’akarere ka Rubavu w’agateganyo, Ruhamyambuga Olivier yasabye aya matsinda kuzirikana aho igihugu cyavuye kugira ngo babe umusingi w’ubumwe n’ubwiyunge buhamye

    Ati “Mushyiremo imbaraga mube urumuri. Murabizi ibyabaye muri iki gihugu byose byasenyutse ndetse nyuma haje amateka y’intambara zakurikiyeho hano murabizi mwabibayemo cyane. Ntibikwiye ko ubona ikibazo wahuye nacyo ngo ukibone muri mugenzi wawe, ahubwo ujye umubonamo ibisubizo. Nubona umuhanda ujye umenya ko uri umurinzi wawo kuko ikizawusenya na we cyakugeraho’’.

    Gahunda ya Mvura Nkuvure imaze imyaka 16 itangijwe; ikaba ikorera mu turere 12, muri zimwe mu nkambi z’impunzi kimwe no muri gereza 5 kuri 13 ziri mu gihugu. Ni gahunda ishimangira cyane ubumwe, ubwiyunge n’isanamitima.

    Iyi gahunda yatanze umusaruro mu gukiza ibikomere, kwiteza imbere, kwishyura imitungo yangijwe muri Jenoside yakorewe abatutsi, kubabarira, kunoza imibanire myiza n’ibindi.

    Angela Jansen yavuze ko amatsinda ya Mvura Nkuvure bayitezeho gukomeza gutanga umusaruro mu gukemura ibibazo by’abaturage, biteza imbere

    Mureramanzi Abel wo mu murenge wa Bugeshi, yavuze ko mbere bari bafitanye ibibazo bituruka ku mateka ariko Mvura Nkuvure ikabashyira hamwe

    Umuyobozi w’akarere ka Rubavu w’agateganyo, Ruhamyambuga Olivier yasabye aya matsinda kuzirikana aho igihugu cyavuye kugira ngo babe umusingi w’ubumwe n’ubwiyunge buhamye

    Ubwo hatangwaga sheki ya miliyoni enye zizashyikirizwa amatsinda ya Mvura Nkuvure

    source : https://ift.tt/3FDM7zY

  • Uwasigajwe inyuma n’amateka yasoje kaminuza abikesha gahunda zo guteza imbere umugore – #rwanda #RwOT

    Yabihamirije mu muhango wo gutangiza ku mugaragaro Women for Women Rwanda nk’Umuryango utari uwa Leta, uzajya ukora ibikorwa nk’ibya WfWI ariko ku rwego rw’igihugu.

    Mu buhamya bwe, Mugorewisuka yabanje “gushima Guverinoma y’Ubumwe bw’Abanyarwanda yahaye umugore umwanya mu nzego zifata ibyemezo”.

    Ati “Ndi umwe mu Banyarwandakazi bakomoka mu miryango y’abahejejwe inyuma n’amateka. Women for Women aho yankuye hari habi cyane, narihebye, ndi umugore utagera aho abandi bari. Yampaye amahugurwa inanyigisha kwigirira icyizere.”

    Yavuze ko icyo cyizere cyatumye yifatanya n’abandi mu matsinda yo kwizigama akabasha kwigobotora ubukene. Yitabira gahunda za Leta ndetse atinyuka guhirimbanira uburenganzira bwe.

    Ati “Muri uko gutinyuka nagannye akarere mbaza Mituweli, mbaza amashuri y’abana, umwana wanjye abasha gukomeza kwiga. Yarangije kaminuza none uyu munsi yicaye mu biro bya Leta nk’abandi Banyarwanda kandi muzi ko tutabigeragaho.”

    Uwo mubyeyi yavuze ko afite abana batanu n’uwa gatandatu arera nka malayika murinzi.

    Yabashije kwihangira imishinga imuteza imbere,yubaka neza inzu ye ndetse ni umwe mu basoje manda mu Nama njyanama y’akagali kabo.

    Amashimwe ya Mugorewisuka kuri WfWI na Leta y’u Rwanda ayahuje n’abandi benshi barimo na Ufitamahoro Anitha na we wo muri Kayonza.

    We yatewe inda afite imyaka 17 atereranwa n’umuryango kuko ngo yawusebeje agatwita kandi ari uw’Abakiristu.

    Yavuze ko yabayeho nabi bakanga kumufasha no kubona isabune cyangwa amavuta kugeza ubwo yatekereje guta umwana kuko nta n’umwe wamubaga hafi.

    Ati “Maze kumenya WfWI, ubuzima bwanjye bwabaye bwiza pe! Bampaye inyigisho zirimo kwigirira icyizere nkumva ko nanjye nshoboye, nkamenya gukaraba nkajya mu bandi nkabegera, nkabasha kuvuga no kuganira n’inshuti zanjye.”

    Nubwo WfWI ishyira imbere iterambere ry’abagore, sibo gusa igezaho gahunda zayo kuko muri rusange igamije iterambere ry’umuryango. Ibyo bituma n’abagabo baba mu bagenerwa bikorwa bayo.

    Umwe mu miryango yafashijwe na WfWI kwigobotora amakimbirane ugasubirana ituze nawo wasangije abantu ubuhamya bwawo.

    Abo bombi bashakanye mu 2017 ariko umugabo akajya aca inyuma umugore ntibajye n’inama ku iterambere ry’urugo, bibageza mu gihombo cyatumye bagurisha umuryango umwe w’inzu yabo ngo hishyurwe amadeni umugabo yari yaragiyemo ari mu busambanyi.

    Umugore yavuze ko byatumye yiheba akumva ntacyo amaze, akenshi akifungirana mu nzu akarira ntawe afite yabwira kuko atisanzuraga kuri bagenzi be.

    Mu 2019 ni bwo WfWI yabagezeho, bahabwa amahugurwa n’inyigisho bongera guhuriza ku mugambi w’iterambere ry’urugo rwabo.

    Kuba umuryango washyizwe ku rwego rw’igihugu bivuze iki?

    Umuyobozi wa Women for Women Rwanda, Uwimana Antoinette, yatangaje ko imiryango yo mu Rwanda ifite ibibazo byinshi bitandukanye kandi bizwi n’Abanyarwanda.

    Ati “Nk’Umuryango Nyarwanda wumva ibibazo by’Abanyarwanda cyane kuko tuba tuzi igihugu cyacu. Rero nacyo ni ikintu gikomeye. Tuba dufite n’abafatanyabikorwa batandukanye, no kumenya umuryango mugari neza, hari n’amahirwe y’uko n’aha twahashakira inkunga ariko dushobora no gufatanya na Leta kurusha uko twabikoraga mbere.”

    WfWI yagejejwe mu Rwanda mu 1997 ihatangiza ishami. Ibikorwa byayo ni mpuzamahanga ariko byibanda mu bihugu bivuye mu ntambara n’amakimbirane. Aho ivuye isiga hatangijwe Umuryango ukora ibikorwa nk’ibyayo ariko ku rwego rw’igihugu. Ibyo bimaze kubaho inshuro eshatu gusa.

    Mu Rwanda yahaje kubera Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Mu mwaka ushize ni bwo Women for Women Rwanda yatangijwe ndetse inandikishwa mu Rwego rw’Igihugu rushinzwe Imiyoborere (RGB).

    Uwimana yavuze ko iterambere ry’igihugu n’umutekano ari byo byarebweho bikagaragaza ko uwo Muryango ushyizweho wabasha gukomeza ibyo bikorwa.

    Yavuze ko bigitangira Umuryango wakoranaga n’abagore bari hagati y’imyaka 18 na 50, ariko ubu hakaba hari no kwitabwa ku rubyiruko rw’abakobwa. Hanatezwa imbere gahunda z’imibereho myiza, gukoresha ikoranabuhanga,gukora ubuvugizi, no gukorana n’abagabo benshi.

    Ati “Icyagiye kitugaragarira ni uko umugore ashobora gutera imbere ariko mu rugo haba hari amakimbirane ibintu ntibigende neza.”

    Ngabonshya Silas ushinzwe iterambere ry’uburinganire no kongerera abagore ubushobozi muri Migeprof, yavuze ko inzitizi zigihari ari ukubaka ubushobozi n’imyumvire ikiri mu byemerwa mu muco Nyarwanda.

    Yakomeje ati “Ntabwo iterambere rirambye ryagerwaho ubushobozi bw’abagore bugipfukiranywe na bya bindi biri mu muco wacu kandi bitadufasha.[…] Tuzagera ku iterambere rirambye ari uko za mbaraga ziturimo twese zibashije gukora zikagira akamaro haba kuri twe n’Igihugu.”

    Umuyobozi Mukuru wa WfWI mu Rwanda, Jacqui Sebageni, yasezeranyije ko izakomeza guharanira ko abagore bagira ubushobozi n’iterambere, igeza gahunda zayo mu gihugu cyose.

    Umuyobozi Mukuru wa WfWI, Laurie Adams, yavuze ko u Rwanda rwabereye urugero ibindi bihugu mu guteza imbere abagore.

    Yavuze ko kuba hatangijwe Women for Women Rwanda bizatuma ibikorwa byayo birushaho kugera ku babikeneye.

    Abatanze ubuhamya bwabo basabye ko ibyo bikorwa byagezwa no ku bandi bakiri mu icurabundi bakabasha kubana neza baniteza imbere.

    Mugorewisuka Latifa (wambaye imikenyero) yashimye uburyo Leta y’u Rwanda yateje imbere abagore kuko byahinduye amateka y’umuryango we, kugeza ubwo arahiye umwana we Kaminuza akayirangiza

    Ambasaderi wa USA mu Rwanda (Iburyo) n’Umuyobozi Mukuru wa WfWI (ibumoso) bari bitabiriye uwo muhango

    Bimwe mu bikorwa by’abagezweho na gahunda za WfWI bakihangira imirimo ibateza imbere

    Abitabiriye bashimye imbaraga u Rwanda rwashyize mu guteza imbere umugore

    Mubyo abagore bafashwa na Women for Women International bakora, harimo ibikapu

    Abafatanyabikorwa batandukanye bitabiriye umuhango wo gutangiza Women for Women International Ishami ry’u Rwanda

    Umuyobozi wa Women for Women Rwanda Uwimana Antoinette yashimye uko Leta y’u Rwanda ishyigikira ibikorwa byabo

    source : https://ift.tt/32bOwmM

  • Abiga ubuvuzi muri UR batangije ubukangurambaga ku kwirinda kanseri yo mu kanwa – #rwanda #RwOT

    Hamwe n’abafatanyabikorwa batandukanye, ukwezi kwa Ugushyingo aba banyeshuri baguhariye ibikorwa byo kurwanya, kwirinda ndetse no gusuzuma ku buntu kanseri yo mu kanwa.

    Ku wa 20 Ugushyingo 2021, abagize iri huriro basuye abana babana n’ubumuga butandukanye bo mu kigo cya AVEH-Umurerwa, mu Karere ka Bugesera babasuzuma indwara zo mu kanwa ndetse babagenera n’ibikoresho byifashishwa mu koza amenyo.

    Intego y’aba banyeshuri muri ubu bukangurambaga ni ugufasha Abanyarwanda kugira amakuru kuri kanseri yo mu kanwa, kubabwira ibishobora kuyibatera, kuyipima no kumvisha Abanyarwanda akamaro ko kugana muganga byibura kabiri mu mwaka kugira ngo basuzumwe kanseri yo mu kanwa.

    Umwe mu bagize iri huriro Clement Bonheur Izabayo yavuze ko murwego rwo kwirinda iyi kanseri hari ibyo umuntu akwiye kwitwararika.

    Ati “Niba ushaka kwirinda iyi kanseri ukwiye kwirinda kunywa inzoga nyinshi, itabi ndetse n’ibindi byose bishobora ku kwangiza mu kanwa.”

    Izabayo yakomeje avuga ko igihe umuntu yibonyeho impinduka mu kanwa zirimo udusebe, utubyimba tudakira mu kanwa no ku munwa akwiriye kwihutira kujya kwa muganga.

    Kanseri yo mu kanwa ishyirwa ku mwanya wa 11 muri kanseri zikunze kugaragara ku Isi. nubwo hari ingamba zifwata buri munsi mu gukangurira abantu kuyirinda haracyari urugendo kuko ikiri mu zica abantu benshi.

    Imibare y’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS) igaragaza ko umuntu umwe buri masaha atatu abura ubuzima kubera kanseri yo mu kanwa. 78 % by’abasangwamo kanseri yo mu kanwa baba barengeje imyaka 55 y’amavuko ariko muri iyi myaka iri kwiyongera no mu bafite imyaka mike. Mu myaka 10 ishize ubwandu bwa kanseri yo mu kanwa bwiyongereye ku kigero cya 25%.

    Aba bana babana n’ubumuga bo muri Bugesera basuzumwe indwara zo mu kanwa zirimo na kanseri

    Abana bana bigishijwe uko isuku yo mu kanwa ikorwa

    Bahawe ibikoresho birimo umuti w’amenyo n’uburoso

    Ubu bukangurambaga bwateguwe n’Ihuriro ry’abanyeshuri biga ubuvuzi bw’indwara zo mu kanwa n’amenyo muri Kaminuza y’u Rwanda

    source : https://ift.tt/3cyQDmQ

  • Muhayimana ushinjwa uruhare muri Jenoside agiye kugezwa imbere y’urukiko i Paris – #rwanda #RwOT

    AFP yatangaje ko urwo rubanza ruteganyijwe kuzamara ukwezi kumwe, rukazumvwamo abatangabuhamya bagera kuri 50 barimo 15 bazaturuka mu Rwanda.

    Muhayimana wari umushoferi wa Guest House de Kibuye ubwo Jenoside yabaga, ashinjwa kuyigiramo uruhare binyuze mu kuba yaratwaraga Interahamwe zagabye ibitero bitandukanye muri Perefegitura ya Kibuye, bigahitana ibihumbi by’Abatutsi bari bahungiye mu Kigo cy’ishuri i Nyamishaba, mu misozi ya Karongi, Gitwa na Bisesero ndetse no muri stade Gatwaro.

    Byagabwe hagati ya Mata na Kamena 1994, ari nayo mezi atatu Jenoside yakozwemo igahitana Abatutsi barenga miliyoni.

    Ni we Munyarwanda wa mbere w’Umuturage usanzwe ugiye kugezwa imbere y’ubutabera bw’u Bufaransa akurikiranyweho ibyaha bya Jenoside, ibintu bishimwa n’Ishyirahamwe ry’Imiryango iharanira ko abagize uruhare muri Jenoside bakurikiranwa (CPCR).

    Ku ruhande rwa Muhayimana, ibyaha ashinjwa arabihakana.

    Umunyamategeko wa CPCR, Alexandre Kiabski, yateye utwatsi ibyo kuba Muhayimana yitwaza ko nta mahitamo yari afite usibye kubahiriza ibyo yasabwaga n’abo yatwaraga, avuga ko “hari abandi bashoferi banze kubikora”.

    Muhayimana w’imyaka 60 y’amavuko yahungiye mu Bufaransa aba ari naho atura ndetse mu 2010 ahabwa ubwenegihugu. Mu 2014 yatawe muri yombi nyuma y’iperereza ryari rimaze umwaka rimukorwaho kuva ubwo CPCR yamutangiraga ikirego mu 2013.

    Mu 2015 yararekuwe asubira aho atuye mu Mujyi wa Rouen uherereye mu Majyaruguru y’u Bufaransa, afungishwa ijisho.

    Mu ntangiriro za 2021 ni bwo urubanza rwe rwagombaga kuba, Urukiko rurarusubika kubera ingamba zo kwirinda COVID-19 zari zaratumye imipaka y’ibihugu ifungwa.

    Muhayimana ahamwe n’ibyaha akurikiranyweho birimo ibya Jenoside n’ibyibasiye inyokomuntu yahanishwa igifungo cya burundu.

    Muri rusange imanza 30 z’abakekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ni zo ziri mu nkiko z’u Bufaransa.

    Abandi baburanishirijwe muri icyo gihugu barimo Pascal Simbikangwa wahoze ahagarariye Urwego rw’Ubutasi mu Rwanda, wakatiwe imyaka 25. Hari na Tito Barahira na Octavien Ngenzi basimburanye mu kuyobora Komini ya Kabarondo kuva mu 1977 kugeza mu 1994, bakatiwe burundu y’umwihariko mu 2016.

    Muhayimana ushinjwa uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi agiye kugezwa imbere y’urukiko rw’i Paris

    source : https://ift.tt/30Ni9dS

  • ‘Opozisiyo’, iby’umubano we na Museveni n’ibindi: Ikiganiro kirambuye Perezida Kagame yagiranye na Al Jazeera – #rwanda #RwOT

    Umukuru w’Igihugu yabigarutseho mu kiganiro kirambuye yagiranye n’umunyamakuru wa Al Jazeera, cyabereye muri Village Urugwiro ku Kacyiru.

    Yabajijwe ku ngingo zitandukanye zirimo iterambere ry’u Rwanda, icyo atekereza ku gukomeza kuyobora, umubano we na Yoweri Museveni wa Uganda, icyemezo cyo kohereza ingabo muri Mozambique ndetse n’igisobanuro cya opozisiyo kuri we.

    Perezida Paul Kagame yavuze ko mu myaka 27 ishize, abantu basaga n’abadahuje ariko ubu hari intambwe ifatika imaze guterwa.

    Yakomeje ati “Haracyari byinshi byo gukora ngo tugere aho twifuza. Nta banga ridasanzwe twakoresheje usibye kuba abantu bakemura ibibazo duhura nabyo, kandi bikagirwamo uruhare na buri wese, yaba abaturage n’abayobozi.’’

    Yanavuze ko u Rwanda rudashobora gusubira aho rwavuye muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kuko hubatswe politiki politiki iteza imbere abaturage.

    Ati “Ibyagezweho birivugira. Ntabwo dukora ngo tugere kuri ibyo, dufite indi ntego kandi mu buryo burambye. Icya mbere abantu babigiramo uruhare, icya kabiri bitanga gutekana no gutuza ndetse ni uburyo bwo guhindura imyumvire.”

    -  “Iterambere ry’u Rwanda si ngombwa ko rinsanga ku butegetsi”

    Kagame yabaye Visi Perezida abifatanyije no kuba Minisitiri w’Ingabo kuva mu 1994 kugeza mu 2000. Ku wa 24 Werurwe 2000 ni bwo yagizwe Perezida muri Leta y’Inzibacyuho asimbuye Pasteur Bizimungu wari umaze kwegura.

    Umukuru w’Igihugu ari kuyobora manda ya gatatu nyuma yo kubisabwa n’abaturage ndetse akanatorwa mu 2017.

    Abajijwe niba azakomeza kuyobora u Rwanda yasobanuye ko iterambere igihugu cyifuza kugeraho ridashingira ku kuba ari ku butegetsi.

    Ati “Si ngombwa ko mba ndi ku butegetsi ngo mbone inyungu z’ibyo ndi kuvuga, bimwe mu byiza byarakozwe kandi ndabibona. Hari ibintu byinshi twizeye ko bizaba, byiza kuri twe no ku gihugu. Byashoboka ko bimwe bizabaho ntagihari ariko Abanyarwanda bazabibona cyangwa bagire uruhare mu gutuma bibaho. […] Ni urugendo. Nk’uko nabivuzeho, bizaterwa n’icyo abaturage b’iki gihugu bashaka.’’

    -  Igisobanuro cya ‘Opozisiyo’ kuri Perezida Kagame

    Perezida Kagame yabajijwe icyo avuga ku bamushinja guca intege abatavuga rumwe na we, mu gusubiza agaragaza ko abo bakwiye kuba baharanira icyiza ku baturage.

    Ati “Opozisiyo irahari, opozisiyo isobanuye abantu bafite imyumvire itandukanye ku bijyanye n’imiyoborere, ibiri kuba mu gihugu. Nubwo baba bafite imitekerereze ya politiki itandukanye bahuriza ku kintu kimwe, ari cyo imibereho myiza y’abaturage n’ituze ry’igihugu. Ntekereza ko kuri icyo badashobora kunyuranya.’’

    “Sintekereza ko hari uzaza wiyita uwo muri Opozisiyo wumvikana nk’ushaka kunyuranya n’ibyubatswe atekereza ko ashaka gukuraho aba ngo ahungabanye igihugu. Mu yandi magambo, ibyo [ibikwiye abaturage] ni ibintu bishobora kumvikanwaho.’’

    Yatanze urugero ko mu mateka y’u Rwanda habaye imvururu kandi icyo gihe hari amashyaka menshi ariko yose yararebereye kugeza Jenoside ibaye igahitana inzirakarengane zisaga miliyoni mu mezi atatu.

    Perezida Kagame ati “Nta opozisiyo yahagurutse ngo yange kuyoboka uwo mujyo, bose babigizemo uruhare.’’

    Yasobanuye ko buri gihugu kigira uburyo bwacyo bw’imikorere kigenderaho ndetse bidakwiye ko kibwirizwa icyo gukora.

    -  Urunturuntu ruracyari mu mubano w’u Rwanda na Uganda

    Kuva mu myaka ine ishize, u Rwanda na Uganda birebana ay’ingwe kubera Abanyarwanda bafatirwa muri iki gihugu bagakorerwa iyicarubozo.

    Nubwo kuva mu 2019, Perezida Kagame na Museveni bahuriye mu nama yatumijwe mu gucoca ibyo bibazo, Uganda iracyagenda biguru ntege mu kubishakira umuti.

    Perezida Kagame yavuze ko ibihugu bizakomeza gushaka ibisubizo ku bibazo bihari cyane ko umuzi bwabyo uzwi ahubwo hakenewe guhuza imyumvire.

    Ati “Twagize amahirwe yo kubiganira, ndavuga bibiri by’ingenzi. Igice kinini cy’umupaka kirafunze, hari abantu bavuga ngo mufungure imipaka, ducuruze, kandi ni byo buri wese ashaka mu Karere. Kuri twe, ikibazo ni icyatumye mu by’ukuri imipaka ifungwa, gikeneye gukemurwa mbere y’uko ifungurwa.’’

    “Twumvise ingero z’aho Abanyarwanda bagira ibibazo cyangwa bakabuzwa kujya muri Uganda gukorerayo ishoramari risanzwe. Inzego zo muri Uganda zihiga Abanyarwanda, aho bababonye, bafite impamvu nyinshi bashyira imbere bavuga ko umutekano muke uterwa n’Abanyarwanda. Twagaragaje n’icyo kibazo. Ariko iyo Abanya-Uganda baje mu Rwanda nta bibazo bagira nk’ibyo Abanyarwanda bahura nabyo muri Uganda.’’

    Perezida Kagame nk’umwe mu bagize uruhare mu gufasha Museveni mu rugamba rwo gufata ubutegetsi bwa Idi Amin Dada mu 1979.

    Yavuze ko atakivugana na Museveni kubera agatotsi kari mu mubano w’ibihugu byombi.

    Ati “Twaravuganaga ariko hashize igihe bihagaze. Hashize igihe, kugeza ubwo ibi bibazo bizaba bikemutse, kuganira ntibikwiye kubaho nta mpamvu ifatika. Muganira iyo muhuje, mukorera hamwe, niba bidahari byaba bimaze igihe?’’

    Kuva umwuka mubi watangira hagati y’ibihugu byombi, u Rwanda rwakunze kugaragariza Uganda ko abaturage barwo bahohoterwa, gusa nta kintu na kimwe cyigeze gikorwa kuri izo mpungenge.

    Abanyarwanda benshi bamaze kwirukanwa muri Uganda bakajugunywa ku mupaka uhuza ibihugu byombi. Benshi babanza gukorerwa iyicarubozo ribabaza umubiri n’umutima bashinjwa kuba intasi z’u Rwanda ndetse ntibagezwa imbere y’ubutabera ngo baburanishwe.

    U Rwanda rushinja Uganda ko ishyigikira imitwe y’iterabwoba igamije kuruhungabanyiriza umutekano irimo RNC ya Kayumba Nyamwasa.

    Perezida Kagame yasubije ibibazo bitandukanye birimo agatotsi kakiri mu mubano w’u Rwanda na Uganda avuga ko gakwiye gushakirwa umuti kuko imvano yako izwi

    source : https://ift.tt/3cwG57J

  • Madamu Jeannette Kagame yasabye abagore bari muri FPR kongera imbaraga mu kubaka umuryango uhamye – #rwanda #RwOT

    Ibi yabigarutseho mu Kongere y’Urugaga rw’Abagore rushamikiye ku Muryango FPR-Inkotanyi yateranye kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 20 Ugushyingo 2021, mu Intare Conference Arena. Iyi Kongere iba buri myaka ibiri, aho iyaherukaga yabaye mu 2019.

    Insanganyamatsiko yayo igira iti “Mugore urashoboye, komeza ugire uruhare mu kubaka umuryango mwiza kandi utekanye.”

    Madamu Jeannette Kagame yavuze ko abagore bagize uru rugaga bakwiye gufata iya mbere mu kwita ku bibazo bibangamiye Umuryango Nyarwanda.

    Ati “Ubwuzuzanye bw’umugore n’umugabo bumaze gutera imbere mu gihugu cyacu mu nzego zose ariko haracyari imbogamizi kugira ngo tubigeze mu ngo zacu maze abashakanye bubake umuryango ushoboye koko kandi unatekanye. Iyo witegereje ibibazo biri mu miryango, usanga ari ngombwa ko tubiganira byimbitse nk’intore z’Umuryango, nk’abagore bagize Urugaga ariko kandi tukanabifatanya n’abagabo.”

    Madamu Jeannette Kagame yavuze ko kuba abantu bagirana ikibazo ari ibisanzwe kuko ‘nta zibana zidakomanya amahembe,’ ariko asobanura ko mu gihe nk’icyo cy’amakimbirane no kutumvikana, ari ngombwa ko habaho ibiganiro mu rwego rwo kugarura umutuzo mu muryango.

    Ati “Mu mibereho y’abantu muri rusange ariko cyane cyane mu mibereho y’umuryango, habamo byinshi abantu batumvikanaho. Habaho ingorane zitandukanye ariko intwaro ibafasha ni ukuvugana, kuganira no kubwizanya ukuri.”

    Madamu Jeannette Kagame kandi yavuze ko mu gihe abantu bagize umuco wo kuganira, bakabwirana amagambo meza, bishobora kugira uruhare mu gukemura ibibazo bafitanye.

    Ati “Mu Kinyarwanda bavuga ko ‘ijambo rirema, rigakiza, ijambo ryiza rikaba murumuna w’Imana. Nta muntu ubaho utifuza amahoro no kubwirwa neza. Ariko nanone iyo ijambo rititaweho neza, rishobora kwangiza byinshi. Iyo rititondewe neza, rishobora kwangiza ubuzima bw’umuntu, imikurire y’abana ndetse no guteza imbere ingo zidashyize hamwe kandi zidatekanye. Ni ngombwa gutekereza ku ‘Ijambo’ rizarema abana bacu, bakaba inkotanyi.”

    “Aha nagira ngo kandi nongereho ko isomo ryo kuganira, no ‘kunoza ibiganiro’ ntawe urisoza, bisaba guhora wiga ndetse ukamenya no kurihuza n’ibihe.”

    Yaboneyeho gusaba ko ibi biganiro bikwiriye guhera no ku Banyamuryango ba FPR-Inkotanyi, ati “Byaba bibabaje imiryango y’Abanyamuryango ba RPF itavugana, kandi Umuryango waratwigishije kubaha ibitekerezo by’undi. Nagira ngo mbonereho kubisabira, nk’Urugaga by’umwihariko n’Umuryango muri rusange ngo tuzarebe uko imiryango yakwigishwa kubana no kuganira.”

    Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango wa FPR-Inkotanyi, François Ngarambe, yavuze ko abagore bakwiye gukomeza kugira uruhare mu kubaka ubukungu bw’igihugu muri iki gihe bwagizweho ingaruka zikomeye n’icyorezo cya Covid-19.

    Ati “Igihugu cyacu cyagizweho ingaruka zikomeye n’icyorezo cya Covid-19, bityo turasabwa gukoresha imbaraga zisumbuye kugira ngo tuzibe icyo cyuho. Ndabasaba gukoresha uru rubuga mu gushyiraho ingamba zizatuma mukuba kabiri imbaraga mukoresha [mu kubaka igihugu] kugira ngo dufashe igihugu cyacu kwigobotora ingaruka z’iki cyorezo.”

    Uyu muyobozi kandi yavuze ko ibi bishoboka kuko abagore basanzwe bazwiho ubushobozi bwo kuzuza inshingano bahawe. Ati “Ndashaka gushima ko umubare munini w’abagore uri mu nzego zifata ibyemezo mu guhindura igihugu cyacu. Ibyemezo bifatirwa mu biganiro nk’ibi biba ari ingenzi mu gukomeza iterambere ryagezweho.”

    Uruhare rw’umugore mu iterambere ry’igihugu rwagarutsweho

    Uruhare rw’abagore mu iterambere ry’igihugu kandi rwagarutsweho n’Umuyobozi muri Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda ushinzwe gahunda ya Made in Rwanda, Muhire Louis Antoine, wavuze ko ubushakashatsi bwa Minisiteri akoramo bwerekana ko ibigo biyoborwa n’abagore bigaragaramo ruswa nke ndetse bigakurikiza ihame ry’uburinganire, byose bigatuma bigera ku ntego zabyo mu buryo bwihuse.

    Muhire yavuze ko hari gahunda yo gufasha abagore mu gihugu kwinjira mu bikorwa birimo ishoramari ry’inganda n’irindi ritandukanye byose bikazagira uruhare mu iterambere ry’igihugu.

    Yavuze ko abagore batagaragara cyane mu bikorwa birimo ishoramari ry’inganda, aho bangana na 7%, nyamara bageze kuri 42% mu rindi shoramari. Yasobanuye ko hari gahunda nyinshi zishobora gufasha abagore gutangiza ibikorwa byabo.

    Yatanze ingero z’abagore babiri batangije inganda mu minsi ishize, aho rumwe rumaze kugira agaciro karenga miliyari 1 Frw mu gihe kitarenze imyaka itanu, ati “Ni ngombwa kwitinyuka kuko amahirwe arahari, igikenewe ni uguhuriza hamwe akabyazwa umusaruro.”

    Umwe mu babashije kubyaza umusaruro aya mahirwe y’iterambere ni Uwineza Nelly Aline watangije uruganda rwa Tropical hand sanitizer, nyuma y’uko icyorezo cya Covid-19 cyari kimaze kugera mu Rwanda ariko yajya gushaka aho agura umuti usukura intoki akawubura.

    Uyu mukobwa wasubiye kwiga amasomo ya siyansi mu mashuri yisumbuye amaze kurangiza kaminuza, yasobanuye ko nyuma yo kubona iki kibazo, yakoresheje ubumenyi yize mu isomo ry’Ubutabire akora ‘formule’ yaje kujyana mu Kigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge, ibisubizo bikaza byemeza ko ifite ubuziranenge buhagije ku buryo yakoreshwa n’abantu.

    Kuri ubu uyu mukobwa akorana n’ibigo bikomeye by’ubucuruzi mu Rwanda, aho abigemurira sanitizer yikoreye, akaba avuga ko urubyiruko rukwiye kwiga gukoresha umwanya warwo neza.

    Yagize ati “Nutakaza umwanya wawe, ubwo uba utakaje igishoro cyawe. Umwanya ni cyo gishoro twese dusangiye, kuwukoresha neza byakugeza kuri byinshi.”

    Iyi Nama yafashe imyanzuro irimo kurushaho kurera abana neza barindwa igwingira, bagafashwa kubona uburezi bukwiriye n’ibindi bitandukanye.

    Hemejwe ko abagore bari mu Muryango wa FPR-Inkotanyi bazagira uruhare mu ‘guherekeza imiryango y’abashakanye’ mu rwego rwo kwirinda amakimbirane yo mu miryango ashobora kugira ingaruka ku Muryango Nyarwanda.

    Abitabiriye iyi Nama biyemeje kugira uruhare mu kurushaho gufasha abana baterwa inda zitateguwe, abakorewe ihohoterwa bagafashwa kubona ubutabera, ari na ko bafashwa gusubira mu buzima busanzwe, burimo gukomeza amashuri, kubona imirimo n’ibindi bitandukanye.

    Hemejwe kandi ko abagore bazakomeza gushishikarizwa gushaka ibyo bakora, bakongererwa ubushobozi ndetse bakayoborwa mu mishinga ishobora kubakura mu bukene.

    Madamu Jeannette Kagame yasabye abagore bari mu Rugaga rushamikiye ku Muryango FPR-Inkotanyi gufatanyiriza hamwe mu gucyemura ibibazo byugarije Umuryango Nyarwanda

    Madamu Jeannette Kagame yabwiye abagize Urugaga rw’Abagore rushamikiye ku Muryango FPR Inkotanyi ko bafite inshingano yo kugira uruhare mu iterambere ry’igihugu

    Iyi Nama yitabiriwe n’abanyamuryango barenga 1000 baturutse mu mpande zose z’igihugu

    Umuyobozi muri Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda ushinzwe gahunda ya Made in Rwanda, Muhire Louis Antoine, yavuze ko abagore bafite uruhare runini mu iterambere ry’igihugu

    Iyi nama yitabiriwe n’abanyamuryango bari mu byumba bibiri by’inama mu rwego rwo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya Covid-19

    Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango wa FPR-Inkotanyi, François Ngarambe, yavuze ko abagore bakwiye gukomeza kugira uruhare mu kubaka ubukungu bw’igihugu muri iki gihe bwagizweho ingaruka zikomeye n’icyorezo cya Covid-19

    Abitabiriye iyi Nama bagize umwanya wo gucinya akadiho bari kwishimira ibyagezweho na FPR Inkotanyi

    Abagore bo mu Muryango FPR Inkotanyi bitabiriye iyi Nama bari bafite akanyamuneza

    source : https://ift.tt/3CCquy2