Tag: featured

  • Nyagatare: Malariya yongeye kuzamuka #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Murekatete avuga ko hari hashize imyaka itanu Akarere ka Nyagatare gahagaze neza mu kurwanya indwara ya Malariya.

    Avuga ko ariko mu mezi atandatu ashize iyi ndwara yongeye kuzamuka cyane mu Mirenge ya Nyagatare, Karangazi, Rwimiyaga, Rwempasha na Matimba, ngo icyatumye izamuka ni uko abaturage biraye ntibakomeze ingamba zisanzwe zijyanye no kuyirinda.

    Ati “Abaturage bumvise ko Malariya yacitse badohoka ku ngamba zijyanye no kuyirinda zirimo gutema ibihuru bikikije ingo, gusiba ibinogo birekamo amazi ndetse no kurara mu nzitiramibu ziteyemo umuti”.

    Avuga ko nta wundi muti bakoresheje uretse kuba umwe mu bafatanyabikorwa mu iterambere ry’akarere yabafashije mu bukangurambaga kugira ngo abaturage bongere bubahirize ingamba zisanzwe zo kwirinda Malariya.

    Agira ati “Yaranadutunguye tudafite amafaranga mu ngengo y’imari ariko umufatanyabikorwa SFH aradufasha mu bukanguramba, turizera ko iza kongera ikagabanuka kuko icyabaye ni ukudohoka gusa”.

    Yibutsa abaturage ko indwara ya Malariya ihari kandi bakwiye gukomera ku ngamba zo kuyirinda, kuko imibare y’ako karere yerekana ko iyo ndwara muri uyu mwaka yiyongereye ugereranyije n’umwaka ushize.

    Iyo mibare igaragaza ko kuva muri Mutarama kugera muri Mata 2021, abantu 3,845 basanzwemo Malariya ku bivuje mu bajyanama b’ubuzima mu gihe umwaka wose kuva muri Mutarama kugera mu kwezi k’Ukuboza 2020 hagaragaye abarwayi 6,398.

    Ni mu gihe kandi ku bantu bivurije mu mavuriro mato, ibigo nderabuzima n’ibitaro umwaka wose kuva muri Mutarama kugera mu kwezi k’Ukuboza 2020 hagaragaye abarwayi 8,239 ukaba ari umubare muto ugereranyije no kuva muri Mutarama kugera muri Mata 2021, kuko ho habonetse abantu 16,495.

  • Byinshi kuri John MacAfee wakoze bwa mbere ‘Antivirus’, uherutse kwiyahura #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Rwiyemezamirimo wo muri Amerika wakoze porogaramu irinda mudasobwa kwandura virus, John McAfee, basanze yapfiriye muri kasho yo mu mujyi wa Barcelona nyuma y’amasaha make urukiko rwo muri Espagne rwemeye kumwohereza muri Amerika kugira ngo akurikiranweho icyaha cyo kunyereza imisoro.

    Ishami ry’ubutabera muri Kataronya ryatangaje ko abaganga bagerageje kumugarurira ubuzima ntibabasha kugera kuri ayo mahirwe.

    Mu itangazo rwashyize ahagaragara rigira riti “Ibimenyetso by’ibanze byose byerekanye ko McAfee yiyahuye”.

    Umugabo wari ugeze mu myaka y’ubukure 75 utavugwaho rumwe mu isi y’ikoranabuhanga, akaba inzobere mu guhanga programu za mudasobwa, isosiyete ye ni yo yasohoye porogaramu ya mbere y’ubucuruzi irwanya virusi.

    Umwihariko ikoranabuhanga ryo kurinda mudasobwa “McAfee VirusScan”ni uko yafashije mu guteza imbere inganda kandi na yo ubwayo yakoreye akayabo ka miliyoni z’Amadolari, mbere y’uko ishyirwa ku isoko aho yaje kugurishwa ku kigo cy’igihangange mu ikoranabuhanga cya Intel ku kandi kayabo karenga miliyari 7.6 $ z’Amadolari ya Amerika.

    Ubuzima budasanzwe bwa John McAfee wakoreye ibigo bikomeye bya Leta harimo nka NASA ishinzwe iby’isanzure, yashinjwe gucuruza ibiyobyabwenge, imbunda, gukorana ubucuruzi n’abo Amerika yita abanzi, yagiye kandi avugwa mu byaha byo gufata ku ngufu rimwe agatabwa muri yombi nyuma akongera akarekurwa.

    McAfee yafatiwe muri Espagne azira icyaha cyo kunyereza imisoro

    Mu Kwakira 2020, McAfee yafatiwe muri Espagne ubwo yari agiye gufata indege yerekeza muri Turukiya, ashinjwa kuba yarananiwe gutanga imenyekanisha ry’umusoro mu gihe cy’imyaka ine, n’ubwo yinjije za miliyoni nyinshi Z’Amadolari mu kazi ko kugishwa inama, ibikorwa yagiye atumirwamo, gukoresha amafaranga y’ikoranabuhanga no kugurisha uburenganzira ku nkuru y’ubuzima bwe byose byamwunguye akayabo.

    Ishami ry’ubutabera muri Amerika ryavuze ko McAfee yahunze kwishyura imisoro ku
    mafaranga yageraga kuri konti ya banki no kuri konti ye ifaranga ry’ikoranabuhanga byose byari byarashyizwe ku mazina y’abandi bantu.

    Yashinjwaga kandi guhisha umutungo we, harimo ubwato n’undi mutungo utimukanwa, nabyo biri mu mazina y’abandi.

    Mu gitondo cyo ku wa Gatatu tariki 23 Kamena 2021, ni bwo urukiko rw’igihugu cya Espagne rwemeje ko yoherezwa muri Amerika kugira ngo akurikiranwe.

    Ikinyamakuru El Pais cyo muri Esipanye cyatangaje ko mu myaka yashize, McAfee yavuze kenshi ko hari umugambi wo gushaka kumuta muri yombi, nyamara urukiko rwavuze ko nta “bimenyetso bifatika” byerekana ibyo yatangaje ko yari akurikiranyweho impamvu za politiki cyangwa icengezamatwara.

    Mu iburanisha mu ntangiriro z’uku kwezi yari yavuze ko ibyo aregwa bishingiye kuri politiki kandi ko ubuzima bwe bwose azabumara muri gereza aramutse asubiye muri Amerika.

    Ariko Nishay Sanan wunganiraga McAfee, yavuze ko yari afite umugambi wo kurwanya ibyo birego byose.

    Ku wa Gatatu, Bwana Sanan yabwiye igitangazamakuru NPR ati “Ubu ni bwo Guverinoma ya Amerika igerageza gushyira mu bikorwa umugambi wo guhanagura izina rya John McAfee. Uyu mugabo yari umurwanyi. Kandi mu bitekerezo by’abantu bose bamuzi, azahora ari umurwanyi.”

    Rwiyemezamirimo ufite n’ubwenegihugu bw’Abongereza wavukiye i Gloucestershire, mu Bwongereza yaje kumenyekana bwa mbere mu myaka ya za 1980 ubwo yashingaga isosiyete ye y’ikoranabuhanga maze akarekura McAfee VirusScan.

    N’ubwo MacAfee ari intangiriro y’umutekano muri programu za mudasobwa, yigeze kwiyemerera kuri BBC muri 2013, ko atigeze akoresha porogaramu yakoze kuri mudasobwa ye, cyangwa porogaramu iyo ari yo yose irwanya virusi kuri icyo kibazo.

    Ati “Ndirinda, mpora mpindura aderesi ya IP (Internet Protocol), mu kudahuza izina ryanjye ku gikoresho icyo ari cyo cyose nkoresha, kandi ntajya ku mbuga ushobora gufata no gukuraho virusi”.

    John MacAfee muri politiki

    Uyu mugabo ufite amateka atangaje yatangije umushinga wo kugaragaraza ko atigeze akatirwa n’inkiko kugira ngo abe umukandida w’ishyaka rya Libertarian ndetse ahatane mu matora ya Perezida wa Amarika mu 2016 na 2020.

    Muri 2019, McAfee yagaragaje ko yanze kwishyura imisoro ku bushake, yanditse ku rubuga rwa twitter ko amaze imyaka umunani adakozwa ibyo gutanga imenyekanisha ry’umusoro kubera ko “gusora ngo bitemewe.”

    Muri uwo mwaka, yafunzwe by’agateganyo muri Repubulika ya Dominikani azira kuba yarakoranye n’abantu binjije intwaro mu gihugu nyuma ararekurwa.

    by’umwihariko ise umubyara na we akaba yariyahuye ubwo MacAfee yari afite imyaka 15 aho yirashe mu mutwe akoresheje imbunda ntoya, kuva icyo gihe na we yakuriye mu buzama bwo gukunda inzoga no gukoresha ibiyobyabwenge ariko akaba yari afite n’umuhamagaro wo kwiga kandi akarangwa no gutsinda mu mashuri akomeye yizemo.

  • Abafite ubumuga bwo kutumva no kutabona badindizwa n’uko ababagana batazi amarenga #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Bahabwa amahugurwa yo gucunga amakoperative no kuyayobora, gusa kuba ababagana batazi ururimi rw
    Bahabwa amahugurwa yo gucunga amakoperative no kuyayobora, gusa kuba ababagana batazi ururimi rw’amarenga ngo birabadindiza

    Abafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga kandi bagaragaza ko iyo bifatanyije n’abantu badafite ubumuga hari igihe babiba cyangwa ntibumvikane uko barushaho kunoza imikorere.

    Bavuga kandi ko hari byinshi batarageraho ku rugero rushimishije rwo kwinjira mu mirimo igamije kubateza imbere, urugero nko mu Karere ka Muhanga habarizwa koperative imwe gusa ifite ubuzima gatozi ihabwa n’ikigo cy’Igihugu gishinzwe amakoperative (RCA) n’amatsinda yo kwiteza imbere makeya bakagerageza Kwivana mu bukene.

    Koperative y’abafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga mu Murenge wa Nyamabuye bakora imbabura, male (amasanduku akoze mu byuma) babikamo imyenda n’ibindi bijyanye no gucura, bavuga ko bagenda biteza imbere bakabasha kwishyurira abana babo amashuri, kunoza isuku mu ngo zabo no kwibeshaho ariko bakibangamiwe no kuba ababagana batazi ururimi rw’amarenga.

    Bimwe mu bikoresho abafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga bibandaho bijyanye no gusudira
    Bimwe mu bikoresho abafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga bibandaho bijyanye no gusudira

    Musabyemariya Lenatha uyobora Koperative y’abafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga mu Murengewa Nyamabuye, avuga ko bakora ibijyanye no gucura no gusudira bakadoda imipira n’ibindi bikorwa mu budodo.

    Musabyemariya avuga ko nyuma yo guhugurwa babashije gukemura ibibazo by’imibereho yabo kuko muri 2012 batangira Koperative bayoborwaga n’abandi bantu, kuko inzego zitandukanye zitabahaga amahirwe yo gukemura ibibazo byabo babigizemo uruhare rurimo no kuyobora.

    Cyakora bakomeje gufashwa n’Umuryango Nyarwanda w’abafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga (RNUD) wabahuguye uko barushaho kwihangira imirimo no kunoza ibyo bakora no gushyiraho inzego z’ubuyobozi.

    Abataragira ibyo bakora bakwiye kwegerwa

    Musabeyemariya avuga ko hari abandi bafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga badafite ubushobozi bwo kugira icyo bikorera akaba avuga ko byaba byiza bishyize hamwe kugira ngo batizanye imbaraga.

    Agira ati “Gukorera hamwe biratworohera kuba twagera ku muyobozi uwo ari we wese gushaka inkunga, gukorerwa ubuvugizi, no gushaka uko ibibazo byakemuka kurusha kuba abantu bikorera umwe umwe”.

    Nziyonsenga Ezechiel wo mu Karere ka Nyanza na we avuga ko bakora Imbabura na male n’bindi bijyanye no gusudira, kandi hari intambwe bari batangiye gutera kuva mu 2013 nta bikoresho bafite bagenda bagerageza kwishakamo ubushobozi bw’ibikoresho.

    Agira ati “Mbere wasangaga dutoragura ibyuma akaba ari byo dukoramo ibikoresho tukagurisha ariko tuza kubona inkunga gahoro gahoro nyuma y’uko tugaragaje ubushobozi benshi batungurwa n’uko natwe dushoboye”.

    Munana avuga ko n
    Munana avuga ko n’ubwo amakoperative y’abatumva batavuga ataraba menshi ariko hari intambwe bagenda batera

    Nziyonsenga avuga ko koperative yabo yahinduye ubuzima bwabo bakabasha kubona aho bacumbika n’ibyo kurya, cyakora bakaba bifuza ko bakomeza kwitabwaho kugira ngo ibibazo by’abafite ubumuga bikomeze bigaragazwe kuko usanga hari benshi bataritabira ibikorwa byabo kubera ko batazwi.

    Agira ati “Tugomba gukora byiza kurushaho kugira ngo bibashe guhangana n’ibindi ku masoko cyakora twifuza ko habaho uburyo bwo kubimenyekanisha kugira ngo abaguzi banatugire inama y’uko twarushaho kubinoza ariko kuko tutavuga turacyafite imbogamizi”.

    Bahabwa amahugurwa yo kubafasha kwiyungura ubumenyi mu byo bakora

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umuryango Nyarwanda w’abafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga, Samuel Munana, avuga ko kugira ngo amakoperatiuve yabo akomere babigisha uburyo bw’imiyoborere no gucunga umutungo kugira ngo bagire uruhare mu iterambere ryabo n’Igihugu muri rusange.

    Avuga ko ibibazo bakunze guhura nabyo ari ukubura amakuru arebana n’imikorere y’amakoperative, aho bakura ubufasha n’uko bageza ibikorwa byabo ku masoko kuko badashoboye kwamamaza ibikorwa byabo ugasanga Koperative zabo zidatera imbere.

    Agira ati “Umuryango Nyarwanda ntabwo wari wumva neza ko abafite ubumuga bwo kutumva no kutabona nabo bashoboye, icyo dukora ni ugukomeza kubakorera ubuvugizi kugira ngo abayobozi mu turere babishinzwe babamenye batangire kubafasha nk’ubu mu karere ka Muhanga nsanze hari ababishinzwe batari babazi”.

    Yongeraho ko banigisha ururimi rw’amarenga mu nzego zitandukanye kugira ngo bashobore kumva abafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga, akaba asaba inzego bireba gukomeza kuba hafi yabo kandi hari intambwe imaze guterwa kuko mbere wasangaga nta gikorwa na kimwe bakora mu byiciro runaka byo kwiteza imbere.

    Imibare iheruka mu bushakashatsi bwakozwe mu mwaka wa 2012 yagaragazaga ko mu Rwanda hari abafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga basaga ibihumbi 33 babarurwaga kuva ku myaka itanu, ariko ngo bikaba bishoboka ko baba barikubye kabiri.

    Niyonsenga ku ruhande i (bumoso) avuga ko iwabo i Nyanza bafatwaga nk
    Niyonsenga ku ruhande i (bumoso) avuga ko iwabo i Nyanza bafatwaga nk’abadoshoboye ariko byaratunguranye batangiye kwiteza imberre

    Imibare kandi igaragaza ko abantu 4.5% mu Rwanda bafite ubumuga ubwo ari bwo bwose, iki ngo kikaba ari igipimo kiri hejuru ku buryo badakoze ngo bagire uruhare mu iterambere ry’Igihugu byagira ingaruka ku bukungu bwacyo n’imibereho y’abafite ubumuga muri ursange.

    Politiki ya Leta yo gushyiraho Inama y’Igihugu y’abafite ubumuga ni kimwe mu bisubizo byagiye bikemura bimwe mu bibazo byabo, bahabwa ijambo mu miyoborere y’Igihugu hanashyizweho kandi amategeko avuguruye abarengera.


  • Musanze: Igishushanyo mbonera gishya cyitezweho guca akajagari mu miturire #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Igishushanyo mbonera gishya cyitezweho guca akajagari mu miturire y
    Igishushanyo mbonera gishya cyitezweho guca akajagari mu miturire y’umujyi wa Musanze

    Umuyobozi w’Inama Njyanama y’ako karere, Eng. Abayisenga Emile, yabwiye Kigali Today ko igishushanyo mbonera gishya bemeje ari icy’umujyi wa Musanze, cyitezweho kuvugurura, gukosora no gusubiza bimwe mu bibazo rusange byakunze kugaragara mu gishushanyo mbonera cyari gisanzwe gikoreshwa.

    Yagize ati “Igishushanyo mbonera cyagenderwagaho cyarimo ibibazo byinshi. Hari nk’ibirebana n’imihanda yari yarashyizwemo yabangamiraga abaturage mu kubyaza umusaruro ubutaka bwabo. Urugero ni nk’aho wasangaga umuhanda usanzwe uri nyabagendwa, igishushanyo mbonera ntikiwibandeho, ahubwo kikagena ko hacibwa undi muhanda hafi aho, bisaba ko abahatuye basenyerwa, ukabona ni byo bigoye kuruta uko uwo muhanda usanzwe ari wo wakabaye ari wo wakomeza gukoreshwa”.

    Yagarutse zindi mbogamizi, ati “Ni nk’ibice bituwe cyane igishushanyo cyari cyaragennye ko bivanwaho hagashyirwa ubusitani. Ukibaza ukuntu abahatuye bahabwa ingurane bakahimurwa, nyamara bigaragara ko hari ahandi hakabaye hashyirwa ubwo busitani; ukumva ari ibintu bidasobanutse neza”.

    Arongeara ati “Hari ibice bitari byemerewe guturwamo, nyamara mu bigaragara inyubako zarahasatiriye, hakaba ahagenewe guterwa amashyamba ugasanga ari ahantu hasanzwe hatuwe. Ibyo byose twagiye tubigaragaza nk’imbogamizi zibangamiye inyungu rusange z’abaturage, mu gishushanyo mbonera gishya birakosorwa”.

    Uwo muyobozi avuga ko igishushanyo mbonera gishya, cyatunganyijwe mu buryo buboneye kandi hatagamijwe gushimisha umuntu runaka. Ahubwo ngo ni ikizagenda gikoreshwa mu buryo bugamije gusubiza ibibazo biri rusange.

    Imirenge ine yari isanzwe igize igice cy’umujyi wa Musanze, muri iki gishushanyo mbonera gishya yariyongereye igera ku munani. Iyo mirenge ni Muhoza, Cyuve, Kimonyi, Nyange, Kinigi, Musanze, Gacaca n’agace gato k’Umurenge wa Shingiro.

    Eng. Abayisenga agaruka ku cyo ibyo bivuze, yagize ati “Bivuze ko umujyi urushaho kwaguka ukaba munini, ari nako urushaho guturwa. Ni nako iterambere ry’ibikorwa remezo bizaba byiyongera, abantu bahabonere imirimo n’ibindi. Ikindi ni uko ikoreshwa ry’ubutaka rizaba risobanutse. Muri macye iki gishushanyo mbonera, kije gusubiza byinshi no guca akajagari mu miturire”.

    Aboneraho gusaba abaturage n’abayobozi kugira ubufatanye mu ikoreshwa ryacyo. Ati: “Igishushanyo mbonera kuba gihari ubwacyo, ni intambwe nziza ariko ntibihagije, bisaba buri muntu wese ngo ashyiremo uruhare rwe gikurikizwe. Abubaka mu kajagari bishyizemo ko badahabwa ibyangombwa, abavuga ko basabwa za ruswa, niba zinahari abantu babisesengura, bakabireba ariko batarinze kuvuguruzanya n’ibiteganywa n’igishushanyo mbonera”.

    Ati “Turasaba buri wese yaba abaturage n’abayobozi b’inzego z’ibanze n’abakozi babishinzwe, kutareberera amakosa yagaragara mu ishyirwa mu bikorwa ry’icyo gishushanyo mbonera, baharanira ko kiba mu nyungu za bose”.

    Igishushanyo mbonera cyemejwe na Njyanama y’Akarere ka Musanze kiri ku buso bwa Ha 7.288. Ahagenewe guturwa hihariye 35%, ubuhinzi 22% amapariki n’ubusitani hihariye 17%, ibikorwa remezo by’imihanda n’ibirebana n’ingendo byihariye 10%, mu gihe ahagenewe inyubako za Leta, inganda, ibikorwa bijyanye n’ubucuruzi, kubungabunga imigezi byose hamwe byihari 16%.

    Biteganyijwe ko imyanzuro y’inama njyanama y’Akarere ka Musanze yo kwemeza ikoreshwa ry’iki gishushanyo mbonera gishya cy’umujyi wa Musanze, umukuru w’Intara y’Amajyaruguru azayigezwaho, akayishyiraho icyitegererezo, akaba ari bwo kizahita gitangira gushyirwa mu bikorwa.


  • Rwamagana: Abaturage basabiye ibihano bagenzi babo bubahutse umuyobozi #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abaturage basabiye ibihano bagenzi babo bubahutse umuyobozi
    Abaturage basabiye ibihano bagenzi babo bubahutse umuyobozi

    Babitangaje ku wa Gatandatu tariki 26 Kamena 2021, ubwo Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, n’abagize inama y’umutekano itaguye y’Intara n’ubuyobozi bw’Akarere ka Rwamagana basuraga abaturage b’Akagari ka Musha, hagamijwe kuganira na bo ku myitwarire ikwiye kuranga umuturage ndetse no kubakangurira kwirinda icyorezo cya Covid-19.

    Ni uruzinduko ruje nyuma y’uko ku wa Kane tariki ya 24 Kamena 2021, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Nyabisindu mu Murenge wa Musha, Habineza Jean Claude akorewe urugomo akamenwaho indobo y’urwangwa ari mu kazi.

    Umuyobozi w’Akarere ka Rwamagana, Mbonyumuvunyi Radjab yavuze ko urwo ruzinduko ruje kuko byagaragaye ko hari abaturage bihisha bagahindura ingo utubari, bikagira ingaruka mbi zirimo n’urugomo, kugera n’aho bahohotera umuyobozi uri mu nshingano ze.

    Umuyobozi wa RIB mu Ntara, Rutaro Herbert, yasabye abaturage kugeza ubutumwa ku bandi ko kizira kikanizirizwa guhohotera umuyobozi ndetse haba hari n’ikibazo bafite bakigaragaza.

    Yagize ati “Mutange amakuru niba hari ibitagenda, umuyobozi uri mu kazi ntakwiye kurenganywa, ariko kandi umuturage warenganyijwe ntafite uburenganzira bwo kwihanira ahubwo yiyambaza inzego.”

    Umuyobozi w’umudugudu wa Agashuhe, Musabyeyezu Petronile wari unahari igihe Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’akagari kabo yamenywagaho inzoga, yavuze ko ubwo bageraga mu rugo rw’uyu muryango wahohoteye umuyobozi wabo, uyu muryango wagaragaje kwigomeka ugaragaza ko uri mu kuri mu gihe abarimo kunywa inzoga bo bahisemo kwiruka bagahunga.

    Yagize ati “Twarahageze abanywaga kuko bari mu makosa bariruka gusa ba nyiri urugo bakomeza kugaragaza ko bari mu kuri bigera aho umudamu avuga ngo amazi arahenda ahita adaha inzoga mu ipipa (Ingunguru) ayimena ku muyobozi.”

    Yakomeje agira ati “N’igihe ubuyobozi bw’Umurenge n’inzego z’umutekano zahageraga uywo mudamu yakomeje kuvuga ngo aho njya ndahazi n’ubundi nsanzwe mfungwa ngafungurwa.”

    Umuturage witwa Hitamungu Paul w’imyaka 73 yavuze ko kuva na cyera na kare ntaho byabaye umuturage kurengera ubuyobozi. Avuga ko ubuyobozi bwubahwa agasaba ko ababusuzuguye babihanirwa by’intangarugero.

    Ati “Kuva kera nabaho, ntaho byabaye abaturage kurengera ubuyobozi, ubuyobozi burubahwa, abayobozi barubahwa, rwose jye nasabaga ko abasuzuguye ubuyobozi babihanirwa by’intangarugero.”

    Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, CG Emmanuel K. Gasana, yibukije abaturage ko Igihugu cy’u Rwanda kigendera ku mategeko kandi ko bagomba kuyubahiriza yose uko yakabaye.

    Guverineri w
    Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, CG Emmanuel K. Gasana

    Yabasabye by’umwihariko kubahiriza amabwiriza, umurongo wa politiki uko wakabaye no kubahiriza indangagaciro uko zakabaye.

    Yibukije ko icyabazanye ari uko bubahutse inzego zashyizweho no kubibutsa ko bateshutse ku nshingano bakigomeka kuri gahunda za Leta bagasagarira ubuyobozi. Yanabasabye ubufatanye mu kuzamura imyumvire y’Abaturage muri gahunda za Leta.

    Ati “Uyu munsi turi mu rugamba rwo kurwanya ubukene no gukomeza kwihutisha iterambere. Turasaba buri muturage kugira imyumvire yo hejuru muri politiki za Leta zimuteza imbere. Turabibutsa ko abigomeka ku buyobozi, abatubahiriza amategeko nta mwanya bafite mu gihugu cyacu.”

    Guverineri Gasana yibukije abaturage ko baje nk’ubuyobozi kugira ngo bongere kwibukiranya amahitamo y’Abanyarwanda ari zo ndangagaciro z’Abanyarwanda zirimo ubunyangamugayo, gukunda igihugu, ubumwe bw’Abanyarwanda, gukunda umurimo n’ibindi.

    Yasabye kandi ubufatanye mu kurwanya icyorezo cya Covid-19, haba abagore, abagabo, urubyiruko, abanyamadini ndetse n’abikorera.


  • Nizeyimana Mugabo Olivier ni we utorewe kuba Perezida wa FERWAFA #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Kuri iki cyumweru abanyamuryango b’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda, bateraniye muri Lemigo Hotel mu nama y’Inteko rusange idasanzwe, aho ingingo imwe rukumbi yari amatora ya Komite Nyobozi ya Ferwafa.

    Aya matora aje nyuma y’aho uwari Perezida wa Ferwafa Rtd Brig Gen Sekamana Jean Damasceme yeguriye kuri uyu mwanya, aza no gukirikirwa n’abandi bakomiseri batanu bari bafatanyije, bituma hemezwa ko hagomba kuba amatora ya Komite nshya ya Ferwafa.

    Nizeyimana Mugabo Olivier watorewe kuba Perezida wa FERWAFA
    Nizeyimana Mugabo Olivier watorewe kuba Perezida wa FERWAFA

    Abakandida bahataniraga uyu mwanya bari babiri, gusa ubwo amatora yari agiye kuba abakandiba bahawe umwanya wo kuvuga imigabo n’imigambi yabo, maze Rurangirwa Louis ahita atangaza ko ahagaritse kwiyamamaza ndetse anakuramo kandidatire, bituma hasigara Nizeyimana Mugabo Olivier wenyine.

    Rurangirwa Louis wabaye uwa mberegutanga kandidatire, yayikuyemo mbere y
    Rurangirwa Louis wabaye uwa mberegutanga kandidatire, yayikuyemo mbere y’uko amatora atangira

    Abanyamuryango baje guhabwa umwanya wo gutora yego cyangwa oya, maze umukandida Nizeyimana Mugabo Olivier atorerwa kuyobora Ferwafa nyuma yo kugira amajwi 52, umuntu umwe atora Oya, mu gihe Impfabusa zabaye esheshatu.

    Komite Nyobozi nshya yatowe iyobowe na Nizeyimana Mugabo Olivier

    MUGABO NIZEYIMANA Olivier (Perezida)
    HABYARIMANA Marcel (Visi Perezida)
    HABIYAKARE Chantal (Komiseri ushinzwe imari)
    CYAMWESHI Arthur (Komiseri ushinzwe kumenyekanisha ibikorwa no gushaka inkunga)
    GASANA Richard (Komiseri ushinzwe gutegura amarushanwa)
    IP UMUTONI Claudette (Komiseri ushinzwe umutekano n’imyitwarire myiza mu mikino)
    NKUSI Edmond Marie (Komiseri ushinzwe tekiniki n’iterambere ry’umupira w’amaguru)
    TUMUTONESHE Diane (Komiseri ushinzwe umupira w’amaguru w’abagore)
    UWANYILIGIRA Delphine (Komiseri ushinzwe amategeko)
    Lt Col GATSINZI Herbert (Komiseri ushinzwe ubuvuzi)

    Nkusi Edmond Marie uzaba ushinzwe iterambere ry
    Nkusi Edmond Marie uzaba ushinzwe iterambere ry’umupira w’amaguru, yegeranye na Tumutoneshe Diane uzaba ushinzwe iterambere ry’umupira w’abagore
    Gasani Richard uzaba ashinzwe amarushanwa
    Gasani Richard uzaba ashinzwe amarushanwa

  • Igitekerezo: Ubundi abagabo b’abahehesi bapfa iki n’icyubahiro? #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Ubundi mu busanzwe mu muco nyarwanda, umuntu ukuruta cyangwa wubashye, iyo ugiye kumuvugisha umuvuga mu bwinshi, mu rwego rwo kumwubaha. Ariko umugabo ufite ubuhehesi muri we, abifata nk’ikimenyetso cyo kumushyira kure yawe, mbese udashaka ko akwisanzuraho.

    Tugenekereje “ubuhehesi” twavuga ko ari ukugira irari ryinshi riganisha ku kwifuza uwo mudahuje igitsina hagamijwe kugirana na we imibonano mpuzabitsina, cyangwa se kugambirira gukora imibonano mpuzabitsina n’ubonetse wese, ntabwo aba ari umukunzi cyangwa uwashakanye n’undi.

    Akenshi umugabo iyo aje asanga umugore ashaka ko bakora imibonano mpuzabitsina, iyo asanzwe ari umuntu ukomeye (ndavuga umuntu usanzwe wubashywe) cyangwa umuyobozi runaka, uwo mugore agerageza kumufata mu isura asanzwe azwimo cyangwa mu cyubahiro cyari kimukwiriye n’ubusanzwe.

    Ariko uwo mugabo ikintu cya mbere yiyambura ni icyubahiro, ku buryo n’iyo umuhaye icyubahiro ashobora kukwuka inabi nk’aho ari igitutsi. Ukaba wamubwira uti “Mwebwe” nawe ati “njyewe na nde? ” Cyangwa akaba yabifata nabi, hari n’ababwira abagore ngo barirata cyangwa bariyemera kandi ari nta kidasanzwe bakoze uretse kumwubaha gusa.

    Ubundi hari bamwe bahita babibwira uwo mugore bati “ibyo kunyubaha ubishyire ku ruhande ubu ndi mugenzi wawe”. Aha akenshi aba yari umukoresha w’uwo ari gusaba ko bakora imibonano mpuzabitsina, cyangwa akaba ari umuntu wari usanzwe akomeye atanamwegera.

    Ugira utya ukabona aba bamaze umwanya munini, umwe (umugore) ari kwitoza ukuntu yakwubahuka uyu mugabo waje amugana. Undi nawe (umugabo) arimo kumutoza ukuntu yamwubahuka! Iyo bigeze aha umugabo aba anamwereka ko nta kintu kidasanzwe amurusha ndetse ko nta n’ikintu gihambaye akora. Mbese akagerageza kwitesha agaciro mu buryo bwose bushoboka.

    Ibi kandi ntabwo abikora wenda mu rwego rwo kwicisha bugufi, oya, ahubwo aba amwereka ko ntacyo ari cyo, mbese ko rubanda rumukabiriza. Ibi kandi na bamwe mu biyita ko bihaye Imana ni ko bigenda ku buryo wamwita mu izina ry’idini runaka mu cyubahiro agaragaza muri rubanda, ukumva akwutse inabi nk’aho ari igitutsi umututse. Ati “Ibyo se ubizanye ute hano, ni iki bidufasha? ”

    Ibi kandi uyu mugabo abitangira mu minsi ya mbere atangiye kujya avugana n’uyu mugore afiteho gahunda yo kuzamusaba ko bagirana imibonano mpuzabitsina, aho aba amwereka ko mu byo bavugana hatagaragaramo icyubahiro na gike yaba kuvugana kuri telephone cyangwa kumwandikira ku mbuga zitandukanye, aba ashaka ko hatagaragaramo icyubahiro na gike.

    Akenshi ibi abagabo bafata ko kumuha icyubahiro akwiye ari nk’uburyo bwo kumwigiza hirya, kugira ngo atazagira aho ahera, kandi umugore na we akareba icyubahiro uyu mugabo asanganywe akabura aho yahera akimwambura ku rwego uwo mugabo aba abyifuza.

    Sinzi niba nta buryo bwaba buhari umugabo yakwisabira umugore ko bakorana imibonano mpuzabitsina ariko atitesheje agaciro, cyane ko aba asanzwe amuzi neza, cyangwa akamuha icyubahiro akwiriye bitewe n’aho bahuriye.

    Ikigoranye kandi muri ibi byose, ni uko iyo uwo mugabo yitesheje agaciro ku rwego rwose rushoboka, iyo yabashije kugera ku ntego bakaba baryamana na wa mugore, aba ashaka ko bahita bamusubiza icyubahiro cye yarasanganywe cyangwa yarakwiriye!

    Mbona ntacyo byaba bitwaye kujya gusaba umugore ko mwakorana imibonano mpuzabitsina (Na ko mwakundana! Niko mubyita), kandi utiyambuye icyubahiro cyawe, ukagenda uko uzwi n’uko uri. Ahubwo nibaza ko ari byo byanashimisha uwo mugore kuba yarifujwe n’umuntu ukomeye batari bari ku rwego rumwe yumvaga nta n’aho bazahurira!

    Iki ni igitekerezo cy’umunyamakuru Mukazayire Immaculée Youyou

  • Nyaruguru: Ibitaro bya Munini Perezida Kagame yemereye abaturage byatangiye kugezwamo ibikoresho – #rwanda #RwOT

    Imirimo yo kubaka ibi bitaro yatangiye muri Werurwe 2018, icyiciro cya mbere kigizwe n’ibyumba 160 ni cyo cyamaze kuzura, kikaba kigizwe n’inzu ebyiri z’amagorofa atatu agerekeranye, ariko hakazakurikiraho kubaka icya kabiri kigizwe n’inzu imwe nini ifite ibyumba 140.

    Mu gitondo cyo ku wa Gatanu, tariki ya 25 Kamena 2021, ni bwo imodoka zipakiye ibikoresho bizakoreshwa muri ibyo bitaro zatangiye kuhagera.

    Umuyobozi Mukuru w’Ibitaro bya Munini, Dr Nteziryayo Philippe, yabwiye IGIHE ko imodoka zitwaye ibikoresho zatangiye kuhagera hakaba hasigaye kuzipakurura no kureba aho baba babibitse kuko kugeza ubu inyubako ikiri mu maboko ya rwiyemezamirimo.

    Ati “Imodoka zaje ariko ntizirapakururwa, ntabwo turamenya neza ibyo ari byo ariko ikigaragara ni uko ari ibikoresho bizakoreshwa muri ibi bitaro. Ibigendanye n’igihe tuzabikoreramo ntabwo ari njyewe ukimenya kuko rwiyemezamirimo wayubatse ntabwo arayishyikiriza Minisiteri y’Ubuzima.”

    Abajijwe ubwoko bw’ibikoresho byazanywe, yasubije ko atarabimenya neza kuko bifunze mu makarito ariko yemeze ko ari ibyo bazakoresha mu bitaro bishya.

    Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Nyaruguru baherutse kubwira IGIHE ko bishimira ko imirimo yo kubaka ibitaro bishya bya Munini yamaze kurangira, gusa bagasaba ko igikorwa cyo kubishyiramo ibikoresho cyakwihutishwa kugira ngo bitangire kubaha serivisi bisanzuye.

    Uwimana Donatha ati “Icyo dusaba ni ukugira ngo n’ibyo bikoresho bibura biboneke vuba, ibitaro bibe byatangira tubone aho tuzajya twivuriza hafi kandi heza.”

    Ubusanzwe ku Munini hari ibitaro byakira abarwayi bagera ku 100 ku munsi, bisanganywe ibitanda bigera kuri 60 byo kuryamishaho abarwayi. Ibitaro bishya byuzuye byo bizashyirwamo ibitanda 300.

    Dr Nteziryayo yavuze ko indwara ziganje mu Karere ka Nyaruguru zirimo izo mu mubiri, iz’abana nk’umusonga ndetse n’izikomoka ku mwanda.

    Byari biteganyijwe ko Ibitaro bishya bya Munini bizuzura bitwaye miliyari 7 Frw ariko byuzuye bitwaye miliyari 9 Frw bitewe n’uko bimwe mu bikoresho byagiye bihenda kandi hari n’ibyongewemo bitari mu igenabikorwa rya mbere.

    Ibikoresho bizifashishwa mu gutanga serivisi z’ubuvuzi mu Bitaro bya Munini byatangiye kuhagera

    Icyiciro cya mbere cy’Ibitaro bya Munini Perezida Kagame yemereye abaturage cyamaze kuzura

    [email protected]


  • Iyaguka ry’ubucuruzi, umusaruro wa politiki nziza hagati y’u Rwanda na Congo – #rwanda #RwOT

    Ibintu byahinduye isura muri Mutarama 2019, ubwo Perezida Félix-Antoine Tshisekedi yageraga ku buyobozi, akavuga ko imwe mu ntego z’ibanze zimuzanye ari ukubaka umubano n’ibihugu icyenda bikikije Congo no gusenya imtwe yose y’iterabwoba imaze imyaka myinshi iyogoza abaturage bo mu Burasizuba bw’icyo gihugu.

    Tshisekedi ntiyari azanye ibipindi nka bimwe biranga abayobozi batazi icyo bashaka, kuko mu mezi abiri ya mbere, uyu mugabo yasuye ibihugu bitandatu birimo u Rwanda. Nyuma y’amezi abiri Perezida Kagame nawe yagiye muri Congo kwifatanya n’uyu mugabo mu gahinda ko kubura se.

    Nyuma y’amezi macye, mu Ukuboza 2019, Perezida Tshisekedi yagarutse i Kigali ndetse anagaragara mu mafoto afatanye ikiganza na Perezida Paul Kagame bari kumwenyura. Ibi byagaragaye nk’ikimenyetso simusiga cy’uko umubano w’ibihugu byombi umeze neza.

    Mu Ugushyingo 2020, Perezida Tshisekedi yohereje itsinda rye mu Rwanda kuza kubonana Perezida Kagame, mbere y’uko muri Mutarama uyu mwaka, itsinda ry’u Rwanda naryo risura Tshisekedi.

    Politiki nziza yavuyemo kwagura ubucuruzi

    Mu ruzindiko Perezida Paul Kagame yagiriye i Goma muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, impande zombi zasinye amasezerano y’ubufatanye mu byiciro birimo guteza imbere ishoramari. Yashyizweho umukono na Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda w’u Rwanda, Habyarimana Béata na Minisitiri w’Ubucuruzi Mpuzamahanga wa RDC, Jean-Lucien Bussa Tongba.

    Hanasinywe kandi amasezerano y’ubufatanye hagati y’inzego z’abikorera mu bihugu byombi, ku ruhande rwa RDC yashyizweho umukono na Fidele Basenenane Kasongo, Umuyobozi Mukuru wa Société Aurifère du Kivu et du Maniema (Sakima S.AA) mu gihe ku ruhande rw’u Rwanda, Jean Pierre Rutagarama ubarizwa mu rwego rw’abikorera ari we wayashyizeho umukono.

    Hari kandi amasezerano yasinywe hagati ya Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi w’u Rwanda, Dr. Uzziel Ndagijimana na Minisitiri w’Imari wa Congo, Nicolas Kazadi, azagena amahame yo gukuraho imisoro itangwa kabiri ku bicuruzwa byambukiranya imipaka y’ibihugu byombi.

    Muri rusange, byitezwe ko aya masezerano azongera ubucuruzi hagati y’ibihugu byombi, busanzwe buhagaze neza kuko nko mu 2019, u Rwanda rwohereje muri Congo ibicuruzwa bifite agaciro ka miliyoni 372$, ari nacyo gihugu cya mbere cyakiriye umusaruro mwinshi w’ibyo u Rwanda rwohereje mu mahanga uwo mwaka.

    Uyu musaruro waragabanutse mu 2020 ugera kuri miliyoni 88.6$ bitewe n’ingaruka z’icyorezo cya Covid-19.

    Abaturage bakwiye kubyaza umusaruro aya mahirwe

    Mu Ruzinduko Perezida Kagame yagiriye mu Karere ka Rubavu mu 2019, yasabye abaturage kubyaza umusaruro isoko ry’i Goma nyuma y’uko umubano usesuye wongeye kumvikana hagati y’ibihugu byombi.

    Icyo gihe yagize ati “Mufite isoko rinini rya RDC, n’imijyi nka Goma. Nabo bafite isoko hano. Mushobora kwambuka umupaka mukajya guhaha ibyo mudafite kandi nabo bashobora kwambuka bagahaha iyo bafite.”

    Mu gihe Isoko Rusange rya Afurika ryatangira kubyazwa umusaruro, byitezwe ko agaciro k’ubucuruzi muri Afurika y’Iburasizuba kaziyongeraho miliyari 1$, mu gihe agaciro k’ubucuruzi hagati y’u Rwanda na Congo kaziyongereho miliyoni 56$.

    Perezida Kagame yavuze ko ibihugu byombi bikwiye kwiga ku buryo bwo kuzamura umusaruro w’ubucuruzi bwemewe n’amategeko, ariko avuga ko ibyo bitazakorwa hahutazwa ubucuruzi butanditse.

    Yagize ati “Icyo twifuza kubona ni ukwiyongera k’ubucuruzi bwemewe. N’ubwo bimeze gutyo ariko, ntabwo wavanaho ubucuruzi butanditse. Icyo dukeneye gukora, ni ugufasha ubucuruzi butanditswe kuvugurura ubucuruzi bwabo bukandikwa. Dukeneye gukorana nabo, no kubafasha, kugira ngo tubona ubucuruzi bwanditse kurusha ubucuruzi butanditse. Ibyo birashoboka.”

    Congo ni isoko ry’ingenzi cyane ku bacuruzi bato n’abaciriritse, kuko yakira 86.9% by’umusaruro w’ubucuruzi butanditse.

    Perezida Kagame yavuze ko ubushake bwa politiki ari yo ntangiriro izatuma ibikorwa by’ubucuruzi hagati ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’u Rwanda bishoboka. Ati “Iyo ufite imitekerereze mibi yo kubona ikibi muri buri kintu, haba hari ikibazo.”

    Yongeyeho kandi ko bitumvikana uburyo umucuruzi wa Goma atabona ibicuruzwa bituruka mu Rwanda kubera impamvu y’uko igihugu cye kitari mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba.

    Yagize ati “Kuki umucuruzi w’i Goma, ahendwa no kubona ibintu biri mu bihugu by’ibituranyi, kubera ko ari ibinyamuryango by’umuryango Congo itarimo? Mu by’ukuri ntibyumvikana. Ibyo ni ibintu dukwiye gukorera hamwe.”

    Perezida Kagame yavuze ko politiki ari ipfundo rya byose, ati “Nihaboneka politiki nziza, ibintu byose bizashoboka. Politiki yo kwita ku bandi, politiki yo kwizerana. Haboneka ibitagenda neza, tugafatanyiriza hamwe mu kubicyemura, tukareba intandaro yabyo, tukareba uwabiteye, noneho tukabikemura, ndumva bizashoboka.”

    Perezida Kagame yasoje uruzinduko rw’umunsi umwe yagiriye muri RDC nyuma y’uko n’ubundi Perezida Tshisekedi nawe ku munsi wari wabanje yari yagendereye u Rwanda yerekwa ingaruka z’iruka rya Nyiragongo, aho ibihugu byombi byemeye guhangana nazo bifatanyije.

    Perezida Kagame yahuye na Perezida Tshisekedi mu minsi ibiri ishize