Tag: featured

  • CP Bizimungu yagizwe Umuyobozi w’Abapolisi ba Loni bari muri Centrafrique – #rwanda #RwOT

    Agiye kuri uyu mwanya asimbuye Umufaransa, Gen Maj Pascal Champion, wari umaze imyaka ibiri ayobora Ishami rya Polisi muri MINUSCA, kuko yatangiye izi nshingano mu 2019 nk’uko inkuru ya New Times ibivuga.

    Iri shami ribinyujije kuri Twitter ryatangaje ko CP Bizimungu yasesekaye i Bangui [umurwa mukuru wa Centrafrique], ku Cyumweru tariki 27 Kamena 2021, aho agiye gutangira inshingano ze nshya.

    Riti “CP Bizimungu Christophe aje kudusangiza inararibonye rye ry’igihe kirekire avanye muri Polisi y’Igihugu y’u Rwanda kugira ngo ritange umusanzu mu kubungabunga amahoro n’umutekano muri Repubulika ya Centrafrique.”

    CP Bizimungu afite inararibonye rihambaye mu bijyanye n’umutekano cyane ko yabaye Umuyobozi mu nshingano zitandukanye za Polisi haba mu Rwanda ndetse no mu mahanga.

    Ni inzobere kandi mu bijyanye n’amategeko ndetse yigeze kuyobora Ishami rishinzwe Ubugenzacyaha muri Polisi y’Igihugu [RNP] ryaje guhagarikwa nyuma yuko hagiyeho Urwego rw’Ubugenzacyaha, RIB.

    Mbere y’uko ahabwa inshingano muri Polisi y’Igihugu yari Umuyobozi w’Ubushinjacyaha bwa gisirikare mu ngabo z’u Rwanda, RDF.

    Ishami rya Polisi muri MINUSCA agiye kuyobora rigizwe n’Abapolisi barenga 750, abenshi ni Abanyarwanda kuko basaga 400 biyongeraho abaturuka mu bihugu bitandukanye.

    Muri Werurwe 2021, Akanama ka Loni gashinzwe umutekano katangaje ko kagiye kongera umubare w’ingabo n’abapolisi muri MINUSCA, aho biteganyijwe ko bazongeramo abasirikare 2750 n’abapolisi 940.

    CP Bizimungu agiye kuri uyu mwanya asimbuye Umufaransa Gen Maj Pascal Champion wari umaze imyaka ibiri kuri izi nshingano

    CP Bizimungu yageze i Bangui ku Cyumweru tariki 27 Kamena 2021

    CP Bizimungu wagizwe Umuyobozi w’Ishami rya Polisi muri MINUSCA ari kumwe n’abandi bayobozi batandukanye

    CP Bizimungu aganira n’itangazamakuru nyuma yo guhabwa inshingano nshya

  • Amajyaruguru: Ubuyobozi bwahagurukiye guhangana na Covid-19 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Guverineri Nyirarugero mu isoko rya Base areba uko amabwiriza yo kwirinda Covid-19 yubahirizwa
    Guverineri Nyirarugero mu isoko rya Base areba uko amabwiriza yo kwirinda Covid-19 yubahirizwa

    Ni igikorwa cyatangiye ku ya 24 Kamena kirangira ku ya 27 Kamena 2021, aho ubwo buyobozi bukomeje gufatanya n’inzego z’umutekano n’urubyiruko rw’abakorerabushake kwigisha abantu kwirinda icyo cyorezo.

    Mu Karere ka Rulindo icyo gikorwa kirimo kwibanda cyane cyane ahantu hahurira abantu benshi, aho cyatangiriye mu isoko rya Base riherereye mu Murenge wa Base aho icyo gikorwa ubuyobozi bw’akarere bwagifashijwemo na Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Nyirarugero Dancille, ku itariki 25 na 26 Kamena 2021, uwo muyobozi akaba akomeje gusaba abaturage kutadohoka.

    Ubwo bukangurambaga bukomeje gukorerwa mu masoko, insisiro, aho abagenzi bategera no muri santere z’ubucuruzi buragendera ku butumwa bugira buti “Gira uruhare mu kurwanya ikwirakwizwa rya Covid-19, wambara neza agapfukamunwa, upfuka umunwa n’amazuru, usukura intoki kenshi, usiga intera byibuze ya metero hagati yawe na mugenzi wawe, wirinda gukora ingendo zitari ngombwa kdi ukebure uwo ubonye yateshutse ku ngamba zo kwirinda”.

    Ubukangurambaga mu karere ka Rulindo burakomeje
    Ubukangurambaga mu karere ka Rulindo burakomeje

    Uretse mu masoko, ubwo bukangurambaga burakorerwa no mu byaro mu tugari twose two mu mirenge igize Akarere ka Rulindo, aho abaturage bakomeje guhabwa ubutumwa hakoreshejwe indangururamajwi.

    Ni ubukangurambaga bwakomereje mu isoko rya Gasiza mu Murenge wa Bushoki, santere ya Rusiga na Kirenge mu Murenge wa Rusiga ndetse na Shyorongi, aho abacururiza muri ayo masoko n’abaza guhahiramo bakanguriwe gukomeza gushyira mu bikorwa ingamba zo kwirinda Covid-19, buri wese akabigira ibye.

    Gakenke

    Kimwe no mu tundi turere, Akarere ka Gakenke na ko gakomeje kugenzura uko amabwiriza yo kwirinda Covid-19 ashyirwa mu bikorwa, aho abaturage bakomeje gukangurirwa kwambara agapfukamunwa neza, basabwa gukaraba intoki kenshi hifashishijwe amazi meza n’isabune, gusiga intera ya metero imwe hagati y’umuntu n’undi.

    Guverineri Nyirarugero n
    Guverineri Nyirarugero n’ubuyobozi bw’Akarere ka Gakenke baragenzura uko amabwirizwa yo kwirinda COVID-19 yubahirizwa

    Muri ubwo bukangurambaga ku ikubitiro Guverineri Nyirarugero hamwe n’ubuyobozi bw’akarere babutangiriye mu ruganda rutunganya ikawa rwa Ruli, aho Guverineri yasabye abagore bakora muri urwo ruganda, gukomeza kwirinda Covid-19 no gukangurira imiryango yabo kuyirinda, kubyaza amahirwe akazi bahawe, bizigamira muri EjoHeza, batanga mituweri, banitabira n’izindi gahunda z’iterambere.

    Gicumbi

    Mu Karere ka Gicumbi ubwo bukangurambaga n’igenzura byakozwe ku ya 27 Kamena 2021, butangira harebwa uburyo abaturage bari kubahiriza amabwiriza yo kwirinda Covid-19 mu dusanteri tw’ubucuruzi, mu masoko no mu nsengero ku bufatanye bw’urubyiruko rw’Abakorerabushake.

    Muri ubwo bukangurambaga, hanifashishijwe n’indangururamajwi zitwarwa mu modoka (Mobile Sound System) aho umuyobozi w’ako karere, Ndayambaje Félix yibutsaga abantu amabwiriza arimo kwambara neza agapfukamunwa, gukaraba intoki n’amazi meza n’isabune no gusiza intera hagati y’umuntu n’undi nk’uko biri mu mabwiriza.

    Mu Karere ka Gicumbi harakoreshwa indangururamajwi izenguruka mu mirenge yose ikangurira abaturage kwirinda COVID-19
    Mu Karere ka Gicumbi harakoreshwa indangururamajwi izenguruka mu mirenge yose ikangurira abaturage kwirinda COVID-19

    Ni ubukangurambaga bwabereye mu rusengero rwa ADEPR Rutare no muri EAR Rutare aho Meya Ndayambaje yabasabye ko umusanzu wabo nk’abantu basenga Imana ukenewe, kugira ngo harwanywe icyo cyorezo gicike burundu.

    Ati “Umusanzu wanyu ni uw’ingenzi muri uru rugamba rwo kurwanya Covid-19, kuko Gitifu cyangwa Mayor badahagije kugira ngo icyo cyorezo kineshwe, hakenewe uruhare rwa bose”.

    Muri icyo gikorwa kandi Intumwa z’Umuryango wa FPR-Inkotanyi mu Ntara y’Amajyaruguru na zo zasuye ‘Command Post’ y’Akarere mu rwego rwo kumenya uko icyorezo cya Covid-19 gihagaze mu Karere Gicumbi kakunze kugaragaramo umubare munini w’abandura nk’akarere kegereye umupaka.

    Mu masoko yo mu karere ka Gicumbi kandi hakoreshwa megafone ndetse na Mobile Sound System igenda izenguruka mu mirenge inyuranye yibutsa amabwiriza yo kwirinda COVID-19 no kugenzura ko yubahirizwa umunsi ku wundi aho Umuyobozi w’akarere, Ndayambaje Felix, yibukije abaturage ko COVID19 yica, kandi ko kwirinda biruta kwivuza bityo abasaba kujya bubahiriza amabwiriza yo kwirinda icyo cyorezo.

    Musanze

    Muri iki gihe Covid-19 yarushijeho gukaza umurego mu turere tumwe na tumwe mu gihugu turimo n’Akarere ka Musanze, ubuyobozi bw’ako karere bukaba bukomeje ubukangurambaga mu guhamagarira abantu gusubiza amaso inyuma bikirinda ukudohoka.

    Meya Nuwumuremyi Jeannine mu mujyi wa Musanze agenzura uburyo kwirinda COVID-19 byubahirizwa
    Meya Nuwumuremyi Jeannine mu mujyi wa Musanze agenzura uburyo kwirinda COVID-19 byubahirizwa

    Ni igikorwa ubuyobozi burimo gufashwamo n’urubyiruko rw’abakorerabushake mu tugari twose tugize imirenge y’ako karere bibutsa abaturage ko ingamba zashyizweho zo kwirinda Covid-19 zigomba kubahirizwa.

    Ubuyobozi bw’Akarere ka Musanze kandi muri ubwo bukangurambaga bukomeje guhugura abavuga rikumvikana, mu rwego rwo gufasha abaturage guhugurirwa kwirinda icyo cyorezo mu buryo bworoshye aho ku ikubitiro hahuguwe Abanyamadini n’Amatorero bazahugura abandi mu Karere.

    Burera

    Mu Karere ka Burera ubukangurambaga burakorerwa mu matsinda aho Umuyobozi w’ako karere, Uwanyirigira Marie Chantal n’Abayobozi b’akarere bungirije, ari bo bayoboye amwe mu matsinda yashyizweho ku rwego rw’Akarere mu bukangurambaga n’Ubugenzuzi mu mirenge igize ako karere, bakaba bakomeje gukangurira abaturage kubahiriza amabwiriza yo kwirinda Covid-19.

    Mu karere ka Burera abaturage bamaze kumenyera ko uwinjiye mu isoko abanza gukaraba
    Mu karere ka Burera abaturage bamaze kumenyera ko uwinjiye mu isoko abanza gukaraba

    Ni igikorwa cyatangiye kuri uyu wa gatanu 25 Kamena 2021, aho n’abakingiwe basabwe kwirinda kwirara nk’uko Meya Uwanyirigira yabibasabye ati “Abakingiwe namwe mwirinde kwirara, mwubahirize amabwiriza yo kuyirinda. Abayanduye namwe mukurikiranwa muri mu ngo, mukurikize amabwiriza muhabwa n’Inzego z’Ubuzima, tureke urugamba rwo kurwanya Covid-19 rube urwacu twese”.

    Arongera ati “Covid-19 irahari, kandi irica, yirinde unayirinde abandi ukaraba intoki neza n’Isabune cyangwa ukoreshe umuti wabugenewe, uhane intera n’undi, wambare neza agapfukamunwa, wubahirize n’andi mabwiriza yo kuyirinda”.

    Pasiteri Nzibonera Augustin wa EAR muri Paruwase ya Gitovu na Kinyababa mu nyigisho yatanze yagize ati “Bakristo bavandimwe, twugarijwe n’icyorezo cya Covid-19, kugira ngo tugihashye bisaba uruhare rwa buri wese, icyo dusabwa ni ukubahiriza amabwiriza yo kukirinda, gukebura no gutanga amakuru y’abayarengaho”.

    Abakirisitu basabwe bwirinda COVID-19
    Abakirisitu basabwe bwirinda COVID-19


  • Kwitwa Star à domicile, kugarura abanyamahanga muri APR FC – Lt Gen. Mubarakh yatanze igisubizo #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Imyaka isaga icumi irashize ikipe ya APR FC yaratangiye Politiki yo gukinisha abakinnyi b’Abanyarwanda gusa, isezera kuri gahunda yo gukinisha abakinnyi b’abanyamahanga, aho byavuzwe ko impamvu nyamukuru ari uguteza imbere abakinnyi b’Abanyarwanda batabashaga kubona umwanya wo kwigaragaza.

    Hashize iminsi havugwa ko kubera kutitwara neza mu mikino mpuzamahanga aho kuva APR FC yatangira iyi politiki idaherutse kwitwara neza mu ruhando mpuzamahanga, aho nta gikombe cya CECAFA na kimwe yari yegukana, ndetse mu marushanwa nyafurika ikaba itarenga umutaru.

    Umuyobozi wa APR FC, Lt Gen Mubarakh Muganga, ku Cyumweru tariki 27 Kamena 2021 yatanze ikiganiro, asobanura imvo n’imvano yo gukinisha Abanyarwanda gusa, aha akaba yabivuze ubwo yasubizaga itandukaniro rituma APR FC yegukana ibikombe.

    Yagize ati “Itandukaniro turikomora kuri Perezida wa Repubulika wagiye afata ibyemezo ariko mu ngabo ho bikihuta ugereranyije n’ahandi, twigeze kugira igihe kinini dukinisha abanyamahanga ariko umusaruro ugasanga si wa wundi ushimishije, ariko nyuma aho afatiye icyemezo akavuga ati rero niba mutavuye mu bintu by’abanyamahanga mukishakamo imbaraga nk’Abanyarwanda, ibyo mwafashwaga n’abanyamuryango ndetse na Minisiteri yanyu tuzasaba bigabanywe, twaje kumvira, twumvira ariko twarakererewe.”

    APR FC imaze iminsi itwara ibikombe mu Rwanda, ariko yagera hanze bikanga
    APR FC imaze iminsi itwara ibikombe mu Rwanda, ariko yagera hanze bikanga

    “Mu myaka ibiri ishize nk’uko mwabibonye twahaye amahirwe abana b’Abanyarwanda barigaragaza, Abanyarwanda kuba bakina nta muntu ubari hejuru n’ubwo bataragera aho twifuza kuko aho twifuza si hano mu rugo gusa, ariko byabahaye umwanya wo kwigaragaza barakina.”

    “Icya kabiri turemera turahendwa dushaka umutoza Abanyarwanda bashobora kuboneraho ubumenyi, ariko akagira n’icyo asigira ikipe, uhereye no mu bikoresho yadusabye ngo tugure tumuhe, hari ibyo twabonaga mu nyandiko ukagira ngo byagenewe abanyamahanga”

    Gusezererwa na Gor Mahia biri mu byababaje cyane abakunzi ba APR FC
    Gusezererwa na Gor Mahia biri mu byababaje cyane abakunzi ba APR FC

    Umuyobozi wa APR FC kandi yavuze ku makuru amaze iminsi avugwa ko iyi kipe yiteguye kuba yakinisha abanyamahanga, avuga ko iyi gahunda ishobora gutekerezwaho bitewe n’uburyo iyi kipe ititwara neza hanze, gusa avuga ko umwaka utaha w’imikino mu marushanwa yo mu Rwanda bazakinisha Abanyarwanda.

    Lt Gen Mubarakh Muganga, Umuyobozi wa APR FC
    Lt Gen Mubarakh Muganga, Umuyobozi wa APR FC

    Ati “Twigeze kugira igihe tubwira abo bakinnyi, twe nka APR FC twafashe umwanzuro wo gukinisha abana b’Abanyarwanda, twagera mu gusohoka mu ruhando rurenze urw’u Rwanda ugasanga abakunzi baravuga ngo impamvu mutakuyemo Gor Mahia ngo Abanyarwanda mwarabatetesheje nta kintu kibakurura ngo bavuge ngo tugiye guhatana, ngo wenda mushyizemo babiri cyangwa batatu hari icyo byahindura bikongera guhatana tukavuga tuti ibyo ni ibintu twatekerezaho.”

    “Aramutse ari ukubashyira mu ikipe ngo bakine iyo mikino yo hanze nirangira bongere basubireyo wenda dushobora kubyemera, ariko kuvuga ngo APR twongere duhindure mubone dufite abakinnyi umwe babiri b’Abanyamahanga, simbibona hafi.”

    Yabajijwe niba kwitwa Star à domicile nta pfunwe bibateye

    Ati “Iryo ni ryo pfunwe rikomeye cyane, bikomeje gutya tubona Abanyarwanda ibi byose twabahaye batarenga iyo ntambwe ngo batuganishe aho twifuza, ubwo bazaba badusunika mu gutekereza gushaka abanyamahanga, kuko ni byo bifite ingaruka nini kuko bashoboye kudufasha”.

    “Bakadufasha urwo rusaku ruvuga ngo Abanyarwanda ni star à domicile kuko dukinisha Abanyarwanda, ubwo natwe twajya nko mu yandi makipe gushaka abanyamahanga kandi si byo twifuza, ariko muri politiki ni uko dushaka kurenga ibyo mwise star à domicile tukagera kure hashoboka.”

    Yakomeje avuga niba umwaka utaha w’imikino bazakoresha Abanyarwanda gusa

    Ati “Umwaka w’imikino utaha wo mu Rwanda turakomeza gukinisha abana b’Abanyarwanda, bitewe n’amarushanwa menshi yo hanze tuzaba turimo (Arimo CECAFA Kagame Cup), ni yo azaduha igipimo”

    Ati “Nitubona batazamutse uko tubyifuza ubwo tuzemera kubera iryo rushanwa nibiba ngombwa dushake umukinnyi umwe cyangwa babiri bakora ikinyuranyo ariko turavuga ko nta nyungu ku Mavubi, nta nyungu ku mupira w’u Rwanda.”

    APR FC ifite abanyamahanga yari ikipe ikomeye ku rwego rwa Afurika, aha hari muri 2012 ku mukino wa nyuma w
    APR FC ifite abanyamahanga yari ikipe ikomeye ku rwego rwa Afurika, aha hari muri 2012 ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro begukanye


  • Musanze: Abarimo Umupadiri bafatiwe mu misa barenze ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Centrale ya Muko yafatiwemo abarenze ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19
    Centrale ya Muko yafatiwemo abarenze ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19

    Mu byo Polisi yasanze bitubahirijwe muri iyi Centrale ya Muko, harimo nko kuba abakirisitu bitabiriye misa eshatu zose zahabereye kuri uwo munsi zikurikiranya, nta n’umwe wigeze yinjira mu gitambo cya minsa abanje gukaraba intoki n’amazi meza n’isabune nk’uko amabwiriza abigena, kuko ubukarabiro bwose buhubatswe budaherukamo amazi.

    Muri icyo gitambo cya misa ya gatatu, cyarimo kiberamo n’umuhango wo gukomezwa ku bana 24, mu buryo bunyuranyije n’amabwiriza, abari bawitabiriye bari banagiriwe inama n’Ubuyobozi bw’Umurenge wa Muko iyi Centrale iherereyemo, bubashishikariza ko badakwiye gukora ibihabanye n’ibyo amabwiriza agena kandi n’ubuyobozi bwa centrale ubwayo bugakosora amakosa bwari bwakoze muri misa zari zayibanjirije, ariko ngo babirenzeho, bongera kwinjiza abantu mu buryo butubahirije amabwiriza yo kwirinda.

    Mu bantu 300 bangana na 30% iyi centrale ifitiye ubushobozi bwo kwakira bari barenzeho abagera kuri 42, bituma abakirisitu bari bitabiriye misa bicara ku buryo byagaragaraga ko nta ntera iri hagati y’umuntu n’undi.

    CIP Alex Ndayisenga, Umuhuzabikorwa w’ibikorwa bya Polisi n’Abaturage(Community Policing) mu Ntara y’Amajyaruguru, yabibwiye Kigali Today ati: “Mu by’ukuri ntabwo dutekereza ko nyuma y’igihe kirekire hakorwa ubukangurambaga mu nsengero na za kiliziya, bugamije kurinda abaturage icyorezo, haba hakiri abagicunganwa n’inzego z’ubuyobozi na Polisi mu kubahiriza amabwiriza areba insengero muri iki gihe. Ibyakozwe muri iriya Centrale ya Muko, ntibikwiye ndetse n’ahandi aho ari ho hose byaba bikorwa muri iki gihe twugarijwe na Covid-19”.

    Yongeyeho ati: “Ubundi bimenyerewe ko insengero ari ahantu abantu bagana, bakahasengera bizeye kuhakura umugisha. Tukaba twumva rero bitaba bikwiye ko ahantu nk’aho, mu mwanya wo kuhakura uwo mugisha, byaba bibabaje bahakuye ubwandu bw’icyorezo”.

    Ati: “Polisi ikaba isaba abahagarariye amadini n’amatorero ndetse n’abayagana kudakorera ku jisho, kuko uko banyuranya n’ayo mabwiriza, bishyira ubuzima bw’abayagana mu kaga. Abanyamadini nibadufashe mu nyigisho batanga, bibuke ko badakwiye kwibagirwa gukangurira no gufasha abayoboke babo kubahiriza amabwiriza yo kwirinda iki cyorezo cyugarije igihugu cyacu”.

    Abantu batandatu barimo Umupadiri wari uyoboye igitambo cya misa n’abashinzwe gukurikirana uko amabwiriza yo kwirinda Covid-19 ashyirwa mu bikorwa muri iyi Centrale, ni bo Polisi yahise ifata, ibajyana muri Stade Ubworoherane, kugira ngo bibutswe uko amabwiriza ashyirwa mu bikorwa. Banaciwe amande, ndetse iyo centrale ifungwa mu gihe cy’iminsi 30.


  • Amateka agaragaza ko Nyamagabe ari nk’igicumbi cy’ingengabitekerezo ya Jenoside #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Banashyinguye mu cyubahiro imibiri y
    Banashyinguye mu cyubahiro imibiri y’abazize Jenoside

    Babigarutseho ku wa 26 Kamena 2021, mu gikorwa cyo kwibuka Abatutsi biciwe kuri Paruwasi ya Cyanika, byanahuriranye no gushyingura mu cyubahiro imibiri irindwi yabonetse muri Cyanika no muri Gasaka, ahakorwaga imirimo yo kubaka.

    Mu Kiganiro ku mateka ya Jenoside i Nyamagabe, Remy Kamugire, Visi Perezida wa Ibuka muri ako karere, yavuze ko mu Bufundu no mu Bunyambiriri ari ho hambere hageragerejwe Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1963.

    Yagize ati “Ku wa 23 Ukuboza 1963, Perefe André Nkeramugaba yakoresheje inama ababurugumesitiri maze bafata umwanzuro ko inyenzi zateye ziturutse i Burundi zigomba gusanga bene wabo b’Abatutsi bari i Gikongoro barashize”.

    Urwibutso rwa Jenoside rwa Cyanika rushyinguyemo ababarirwa mu bihumbi 40
    Urwibutso rwa Jenoside rwa Cyanika rushyinguyemo ababarirwa mu bihumbi 40

    Hanyuzemo umunsi umwe gusa, maze k’ukurikiraho ari wo wa Noheri Abatutsi baricwa. Mu gihe Abatutsi bishwe icyo gihe babarirwa mu bihumbi 35, mu Bufundu na Bunyambiriri honyine haguye ibihumbi 20.

    Kamugire ati “Abantu bakuru ino aha wasangaga Noheri batayizihiza, kubera ko bibukaga ko mu 1963 bishwe, ukabona kwizihiza Noheri batabiha agaciro kuko batekerezaga ko bashobora kongera kwicwa”.

    Ubwo urugamba rwo kubohora u Rwanda mu mwaka w’1990 rwatangiraga, uwari Perefe wa Gikongoro, Dr Celestin Nyabyenda, mu kwezi k’Ukwakira hagati na we ngo yavuze amagambo atanya Abanyarwanda, anagaragaza ko Abatutsi badakwiye kugira ijambo.

    Kamugire ati “Yakoresheje inama hano, abwira Abahutu ko Abatutsi ari bo bateje ikibazo, ko n’ibibazo by’intambara u Rwanda rwarimo babifitemo uruhare, agaragaza ko abateye igihugu bafitanye isano, ari abana babo cyangwa abo mu miryango yabo”.

    Remy Kamugire, Visi Perezida wa Ibuka mu Karere ka Nyamagabe
    Remy Kamugire, Visi Perezida wa Ibuka mu Karere ka Nyamagabe

    Icyo gihe Perefe uwo ngo yaranavuze ngo “Kuva ubungubu Umututsi azire Umuhutu nk’uko imbwa izira umuheha cyangwa mbashumurize ibishimyi byanjye”.

    Ibyo ngo byagaragazaga ko Abatutsi nta burenganzira bafite mu gihugu, nta n’ibyiza bikwiye kubageraho, ahubwo ko bikwiye Abahutu”.

    Umuyobozi w’Akarere ka Nyamagabe, Bonaventure Uwamahoro, yavuze ko kuri ubu ibintu byahindutse, ko n’imiyoborere mibi y’abashoye Abanyarwanda muri Jenoside yatsinzwe.

    Ati “Yatsinzwe igihe Inkotanyi ziyobowe na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, zahagaritse Jenoside yakorerwaga Abatutsi, kandi umugambi wo kurimbura Abatutsi ugasimbuzwa umugambi wo kubaka ubumwe bw’igihugu, wo kubanisha Abanyarwanda kandi wo kubaka igihugu n’iterambere ribereye buri wese”.

    Umuyobozi w
    Umuyobozi w’Akarere ka Nyamagabe, Bonaventure Uwamahoro ati imiyoborere mibi y’abashoye Abanyarwanda muri Jenoside yaratsinzwe

    Yaboneyeho gusaba abatuye mu Karere ka Nyamagabe kugira uruhare mu gutanga amakuru y’aho imibiri y’Abatutsi itaraboneka yaba iherereye.

    Ku rwibutso rwa Jenoside rwa Cyanika hashyinguye imibiri ibarirwa mu bihumbi 40.


  • Umujyi wa Musanze ugiye kwagurwa – #rwanda #RwOT

    Umujyi wa Musanze ugenda waguka uko bukeye n’uko bwije biturutse ku bukerarugendo bukorerwa muri Pariki y’Igihugu y’Ibirunga n’imiterere yawo.

    Ni umwe mu Mijyi itandatu yunganira Kigali wihagazeho bitewe n’imikoranire n’ubuhahirane wagiye ugirana n’indi hamwe n’ibihugu nka Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na Uganda.

    Inama Njyanama y’Akarere ka Musanze, yizeza abaturage ko igishushanyo mbonera gishya yemeje kije gukemura ibibazo by’imiturire yagiye ihagaragara aho wasangaga abaturage batura mu manegeka, aho kwagurira ibikorwaremezo n’ibindi byaturukaga ku bumenyi buke n’ubuto bwawo.

    Umuyobozi w’Inama Njyanama y’Akarere ka Musanze, Eng. Abayisenga Emile, avuga ko igishushanyo mbonera gishya gisubiza bimwe mu bibazo byakunze kugaragara mu cyari gisanzwe gikoreshwa mbere.

    Yagize ati “Igishushanyombonera cyagenderwagaho cyarimo ibibazo birebana n’imihanda yari yarashyizwemo yabangamiraga abaturage mu kubyaza umusaruro ubutaka bwabo kuko hari aho wasangaga hasanzwe hari umuhanda nyabagendwa aho kugira ngo ubyazwe umusaruro ugasanga hafi yawo bahacishije undi bigasaba ko abahatuye basenyerwa, ukabona ni byo bigoye kuruta uko uwo muhanda usanzwe ari wo wakabaye ukomeza gukoreshwa”

    “Hari nk’ibice bituwe cyane igishushanyo cyari cyaragennye ko bivanwaho hagashyirwa ubusitani. Ukibaza ukuntu abahatuye bahabwa ingurane bakahimurwa, nyamara bigaragara ko hari ahandi hakabaye hashyirwa ubwo busitani; ukumva ari ibintu bidasobanutse neza.”

    Akomeza avuga ko hari n’ibice bitari byemewe guturwamo ariko ugasanga hari kuzamurwamo inyubako ariko ibyo byose bigomba gukosorerwa.

    Ati “Hari ibice bitari byemerewe guturwamo nyamara mu bigaragara inyubako zarahasatiriye, hakaba ahagenewe guterwa amashyamba kandi ari ahantu hasanzwe hatuwe. Ibyo byose twagiye tubigaragaza nk’imbogamizi zibangamiye inyungu rusange z’abaturage, mu gishushanyo mbonera gishya birakosorwa.”

    Ubusanzwe Umujyi wa Musanze wari mu Mirenge ya Muhoza, Cyuve, Kimonyi na Musanze ariko mu gishushanyo mbonera gishya haziyongeraho n’Imirenge ya Nyange, Kinigi, Gacaca n’igice gito cy’Umurenge wa Shingiro.

    Bamwe mu baturage batuye muri uyu Mujyi na bo bemeza ko kuba hari akajagari mu miturire yabo byagiye bituruka ku mikorere y’inzego z’ibanze ziterekanaga neza buri gace icyo kagenewe gukoreshwa.

    Iki gishushanyo mbonera cyemejwe na Njyanama y’Akarere ka Musanze kizaba kiri ku buso bungana na hegitari 7,288, ahangana na 35% byabwo hazaba hagenewe imiturire naho 22% hahariwe amapariki n’ubusitani. 17% hagenewe ibikorwa remezo by’imihanda mu gihe ibirebana n’ingendo byihariye 10%. Ahagenewe inyubako za Leta, inganda, ibikorwa bijyanye n’ubucuruzi, kubungabunga imigezi hangana na 16%.

    Igishushanyo mbonera cy’Umujyi wa Musanze cyemejwe n’Inama Njyanama y’ako Karere kizashyikirizwa Umuyobozi w’Intara agitangeho ibitekerezo kibone gushyirwa mu bikorwa, aho biteganyijwe ko kizatangira kubahirizwa muri uyu mwaka wa 2021 hatagize igihinduka.

    Inama Njyanama y’Akarere ka Musanze yemeje igishushanyo mbonera cy’Umujyi aho biteganyijwe ko uzagurwa ugakora ku Mirenge itandatu

    Hari byinshi mu gishushanyo mbonera cyagenderwagaho mu Mujyi wa Musanze bigiye guhindurwa

    Ibijyanye n’akajagari mu miturire mu Mujyi wa Musanze bigiye gukemuka

  • Agatama gakomeje gukora kuri ba Gitifu b’i Rwamagana – #rwanda #RwOT

    Kuva icyorezo cya COVID-19 cyagera mu Rwanda kuwa 14 Werurwe 2020 hari benshi mu bayobozi bamaze gufatwa barenze ku mabwiriza yo kwirinda iki cyorezo bakabihanirwa.

    Muri abo harimo abagiye bafatirwa mu tubari basinze nyamara aribo bagakebuye abaturage baba barenze ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19.

    Umuyobozi w’Akarere ka Rwamagana, Mbonyumuvunyi Radjab, yavuze ko ubundi umuyobozi akwiriye gutanga urugero rwiza ku baturage akaba nkore neza bandebereho, ibi ngo iyo bidakozwe urirukanwa hagashakwa undi ushobora gutanga urugero rwiza ku baturage.

    Yakomeje avuga ko mu Karere ka Rwamagana kuva icyorezo cya COVID-19 cyagera mu Rwanda hamaze kwirukanwa abanyamabanga Nshingwabikorwa b’utugari dutatu harimo abo basanze mu tubari basinze ndetse n’abahishiraga utubari tugakomeza gukora.

    Yavuze ko mu birukanwe harimo Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari gaherereye mu Murenge wa Gishari, azira kunywa inzoga agasinda.

    Ati “ Hakurikiyeho uw’Akagari ka Ntebe gaherereye mu Murenge wa Muhazi akaba yarafatiwe mu kabari, muri iki cyumweru gishize twafashe undi Gitifu yasinze wo mu Kagari ka Rugarama mu Murenge wa Nzige, abo nibo bagitifu batatu n’abayobora imidugudu nka batatu birukanwe kubera ko banyweye inzoga mu kabari cyangwa bari bazi akabari gakora bakagahishira.”

    Meya Mbonyumuvunyi yavuze ko kuba bamaze kwirukana aba bayobozi atari ibintu byiza bityo yasabye abo mu nzego z’ibanze gukora neza mu rwego rwo kuyobora inzira nziza abaturage bayobora.

    Ati “ Umuyobozi ni nkore neza bandebereho, urumva kuba twirukanye ba Gitifu batatu mu gihe cy’umwaka n’igice, ntabwo ari ikintu cyakagombye kuba cyiza, kuba abakuru b’imidugudu nabo bagera kuri batatu barirukanwe nabyo si byiza, umuyobozi niwe utanga urugero akajya imbere abaturage bakamukurikira.”

    Meya Mbonyumuvunyi yasabye kandi abaturage kuva mu bintu byose bishobora gutuma bandura icyorezo cya Coronavirus avuga ko gihari kandi kica.

    Ati “ Nibabe maso mu buryo bubiri, icya mbere birinde ubwabo ariko icya kabiri banatange amakuru k’uwo ari we wese warangara cyangwa akagira uruhare mu kubakururira icyo cyorezo.”

    Kuri ubu Abanyarwanda 36 627 bamaze kwandura COVID-19, abakize ni 27 090 naho abakirwaye ni 9117 barimo 26 barembye.

    Umuyobozi w’Akarere ka Rwamagana, Mbonyumuvunyi Radjab, yavuze ko mu Karere ka Rwamagana bamaze kwirukana abanyamabanga Nshingwabikorwa batatu b’utugari bazira gusinda

  • U Rwanda rurasabwa arenga miliyari 900 Frw ku ikoreshwa ry’imodoka z’amashanyarazi; dore inyungu rwiteze – #rwanda #RwOT

    Nubwo gutangira gushyira mu bikorwa gahunda y’ikoreshwa ry’imodoka z’amashanyarazi mu Rwanda bisa n’ibihenze, Leta y’u Rwanda igaragaza ko mu gihe kirekire ibifitemo inyungu.

    Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’Ibidukikije, Patrick Karera, yabwiye The NewTimes ko aya mafaranga u Rwanda ruzakenera harimo azaturuka imbere mu gihugu n’azava hanze nk’uko bigaragazwa na Gahunda y’ibikorwa byo kurwanya imihindagurkire.

    Yavuze ko hakenewe ubufatanye bwa Leta n’abikorera kugira ngo u Rwanda ruzabashe kugera ku ntego rwihaye mu bijyanye n’ikoreshwa ry’imodoka z’amashanyarazi.

    Ati “U Rwanda rwafunguriye imiryango abashoramari kugira ngo binjire bahabwe urubuga mu rwego rwo gufasha u Rwanda kurenga ingaruka z’ubukungu rwasigiwe na COVID-19, aho ubwikorezi bwagira uruhare rukomeye mu gutanga imirimo itangiza ibidukikije.”

    Karera yavuze ko uretse kugabanya imyuka ihumanya ikirere ku ikoreshwa ry’imidoka z’amashanyarazi rizagabanya icyuho cy’ibyo u Rwanda rukura mu mahanga n’ibyo rwoherezayo, biturutse ku bikomoka kuri peteroli bizaba bitagikenewe cyane.

    Abashoramari bari koroherezwa

    Karera yavuze ko umubare w’abashora imari muri iyi gahunda yo gukoresha imodoka zikoresha amashanyarazi ugenda wiyongera ahanini bitewe na gahunda Leta y’u Rwanda yashyizeho zigamije kuborohereza.

    Guverinoma y’u Rwanda yafashe gahunda yo korohereza abashoramari bari muri uru rwego haba mu buryo bw’amafaranga cyangwa n’ubundi bwose bushoboka.

    Karera yavuze ko mu byo aba bashoramari bazagabanyirizwa harimo n’igiciro cy’amashanyarazi kuri station izi modoka zizajya zikoresha zongerwamo amashanyarazi. Ikindi ngo ni uko ibyuma by’izi modoka bizajya bigabanyirizwa umusoro.

    Ati “Imodoka zikoresha amashanyarazi zizagabanyirizwa imisoro, ndetse n’ibyuma byazo, nka bateri n’ibikoresho byo kuzongeramo amashanyarazi bifatwe nk’ibitishyura umusoro ku nyongeragaciro.”

    Uretse kutishyura umusoro ku nyongeragaciro no kuri gasutamo ibi byuma bizajya byishyura umusoro ugabanyijeho 5%.

    Ubundi bufasha aba bashoramari bazahabwa harimo kuba batazajya bishyura ubukode bw’aho bubatse station z’amashanyarazi mu gihe cyose ari ku butaka bwa Leta.

    Imodoka zo muri ubu bwoko kandi ngo zizajya zihabwa ibirango byihariye ku buryo zizajya zoroherezwa kubona aho guparika. Mu gihe izi modoka ziri gukoreshwa mu bikorwa by’ubucuruzi kandi zizajya zoroherezwa kubona ibyangombwa.

    Mu gihe Leta igiye gukodesha imodoka mu bikorwa bitandukanye hazajya haherwa kuri izi zikoresha amashanyarazi, mu gihe ibigo bizikora n’ibizicuruza bizajya bigabanyirizwa umusoro kandi bigashyirirwa igihe runaka bizajya bimara bitawishyura.

    Karera yavuze ko uku korohereza abashoramari byatangiye gutanga umusaruro, nk’aho ku bufatanye n’Ikigo gishora imari mu bijyanye na moto zikoresha amashanyarazi cya ’Ampersand Company’ moto zigera ku 7000 zigiye guhindurwa zikava ku gukoresha lisansi zigatangira gukoresha amashanyarazi.

    Yavuze ko kandi Victoria Motors yatangiye kwinjiza mu Rwanda imodoka zikoresha amashanyarazi, harimo n’izizakoreshwa mu Nama y’Abakuru b’Ibihugu byo muri Commonwealth izwi nka CHOGM.

    Ati “Kugeza ubu imodoka 10 zikoresha lisansi n’amashanyarazi icya rimwe (Plug-in-Hybrid electric vehicles) zaragurishijwe ndetse zatangiye akazi izindi 60 zari mu bubiko zitegereje gukoreshwa muri CHOGM 2021.”

    Uretse ibi bigo bibiri Karere yavuze ko Ikigega cy’Imari cya Banki y’Isi gifasha abikorera (International Finance Corporation) cyagaragaje ubushake bwo gushora imari mu kugeza mu Rwanda bisi zikoresha amashanyarazi.

    Kugeza ubu ngo iki kigo cyamaze no kohereza mu Rwanda itsinda ry’abantu rizareba niba uyu mushinga ushoboka muri Kigali. Uretse iki kigo ngo hari n’indi Sosiyete yo muri Malaysia yitwa Go Auto yamaze kugaragaza ko ishaka kugeza mu Rwanda bisi zikoresha amashanyarazi zizajya zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange.

    Ruzazigama miliyari 20 Frw

    Nubwo gutangira gushyira mu bikorwa gahunda y’ikoreshwa ry’imodoka z’amashanyarazi mu Rwanda bisa n’ibihenze, Leta y’u Rwanda igaragaza ko mu gihe kirekire ibifitemo inyungu.

    Umuyobozi Mukuru Ushinzwe ubwikorezi muri Minisiteri y’Ibikorwaremezo, Alfred Byiringiro, yabwiye The New Times ko mu nyigo yakozwe na Guverinoma byagaragaye ko bizagera mu 2025 u Rwanda rumaze kuzigama miliyari 20 Frw.

    Ati “Ikoreshwa ry’imodoka na moto zikoresha amashanyarazi, kuba ari ikoranabuhanga rishya birasaba ubufatanye hagati y’abafatanyabikorwa. Bizagabanya cyane kugendera ku bikomoka kuri peteroli byinjizwaga mu gihugu.”

    Imibare y’Ikigo cyo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Knoema igaragaza ko uko u Rwanda rwagiye rutera imbere ingano y’ibikomoka kuri peteroli rukenera yagiye yiyongera ndetse ikarushaho kwiharira amafaranga u Rwanda rushora mu gukura ibicuruzwa hanze.

    Imibare yerekana ko mu 2008 mu bicuruzwa u Rwanda rwatumizaga mu mahanga, ibikomoka kuri peteroli byari byihariye 3,3%, mu 2008 iri janisha ryaje kuzamuka rigera kuri 8,1%, byageze mu 2014 ibikomoka kuri peteroli byihariye 19,5% by’ibyo u Rwanda rutumiza mu mahanga. Mu 2019 iri janisha ryari kuri 16,7%.

    Imibare ya The Observatory of Economic Complexity (OEC) igaragaza kandi ko ibikomoka kuri peteroli ari bimwe mu bicuruzwa u Rwanda rukenera cyane kandi rukabishoramo akayabo, nk’aho nibura buri mwaka miliyoni 411$, amafaranga ari hejuru y’ayo rushora mu kugura imiti.

    Mu gihe rero u Rwanda ruzaba rutangiye gukoresha imodoka zikoresha amashanyarazi, igice kinini cy’aya mafaranga ruzayazigama ashorwe mu bindi bikorwa.

    Uretse inyungu ziri mu buryo bw’amafaranga, ubushakashatsi bwerekana ko ikoreshwa ry’imodoka z’amashanyarazi zifasha igihugu kugabanya ingano y’ibyuka bihumanya ikirere, n’urusaku rwinshi ibizwi nka ‘Noise pollution’ cyane ko imodoka zikoresha amashanyarazi zigenda zitavuga.

    Raporo y’Ubushakashatsi bwakozwe na REMA mu 2018 ku bitera ihumana ry’umwuka mu Rwanda, yagaragaje ko imyuka isohorwa n’ibinyabiziga iza ku isonga mu bihumanya umwuka mu mujyi wa Kigali no mu yindi mijyi. Gukoresha imodoka zikoresha amashanyarazi mu kazi ka buri munsi ni kimwe muri gahunda z’igihe kirekire REMA ifite mu gushyigikira gahunda ya Leta yo guteza imbere ubukungu bubungabunga ibidukikije.

    U Rwanda rufite intego y’igihe kirekire yo kuba igihugu kitohereza imyuka ihumanya ikirere nk’uko bigaragara mu cyerekezo 2050. U Rwanda kandi rufite intego y’uko kugeza mu mwaka wa 2030 ruzaba rwagabanyije ku gipimo cya 38% imyuka ihumanye yoherezwa mu kirere, imodoka zikoresha amashanyarazi zikaba zitezweho kugabanya 9% by’iyo myuka nk’uko bigaragara muri gahunda y’igihugu yo kugabanya imyuka ihumanye yoherezwa mu kirere.

    Iyi gahunda yo kugabanya imyuka ihumanye yoherezwa mu kirere ikigo REMA kiri kuyishyira mu bikorwa ku bufatanye n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe iterambere (UNDP).

    Ikoreshwa ry’imodoka z’amashanyarazi rizasaba u Rwanda arenga miliyari 900Frw, izi ni zimwe mu modoka za Volkswagen zikoresha amashanyarazi zatangiye guteranyirizwa mu Rwanda

  • Kicukiro: Polisi yongeye gufatira abantu muri ‘Sauna’ #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Bafatiwe muri souna na massage bitemewe
    Bafatiwe muri souna na massage bitemewe

    Ubwo itangazamakuru ryageraga mu rugo rwa Gasana, ryasanze muri urwo rugo harimo abantu 5 na Gasana wa Gatandatu ari na we nyiri urugo. Uwo mugabo yagerageje kuvuga ko bariya bantu batari muri Sauna ko ahubwo bari baje kumusura, gusa yemereye itangazamakuru ko mu rugo rwe hari abantu benshi ndetse bamwe bikanze abapolisi basimbuka urugo baracika.

    Yagize ati “Aba bantu bari baje hano kunsura ndetse bamwe bikanze abapolisi bagira ubwoba bariruka basimbuka urugo. Ni byo abapolisi baje hano bansanga muri Sauna nyirimo njyenyine”.

    Ubwo itangazamakuru ryageraga mu nzu ibamo iyo Sauna yo mu rugo rwa Gasana, byagaragaye ko harimo ibyumba birimo ibitanda bitoya abantu baryamaho barimo no gukorerwa Massage, binagaragara ko hari abantu bari bavuye muri iyo nzu nk’uko byatangajwe ku rubuga rwa Internet rwa Polisi y’u Rwanda.

    Gasana yavuze ko asanzwe abizi ko Sauna zitemewe muri ibi bihe byo kurwanya icyorezo cya Covid-19, yakanguriye n’abandi baturarwanda kubahiriza amabwiriza birinda icyo cyorezo kuko kirimo guhitana ubuzima bw’abantu benshi.

    Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera, yavuze ko bariya bantu bafashwe ku makuru yatanzwe n’abaturage, hanyuma Gasana abonye ko afashwe agerageza kwiregura by’amatakirangoyi avuga ko bariya bantu batari baje muri iyo Sauna.

    Yagize ati “Twahawe amakuru n’abaturage ko mu rugo rwa Gasana harimo Sauna ndetse ko harimo abantu baje muri iyo Sauna, bamwe bikanze Polisi basimbuka urugo bariruka bariya birabananira Polisi irabafata. Gasana ibyo avuga ni amatakirangoyi arimo gushakisha impamvu yatuma bimworohera kuko nta n’ubwo abasha gusobanura impamvu bariya bantu bose bari iwe ndetse nta nasobanura impamvu hari ababonye abapolisi bakiruka bagacika”.

    CP Kabera yongeye gukangurira abantu kwirinda kurenga ku mabwiriza yo kurwanya icyorezo cya Covid-19, abibutsa ko igihe cyose bazajya babona bafatiwe mu makosa bazajya birinda kubeshya ahubwo bavugishe ukuri.

    Yagaragaje ko bamwe mu bantu barimo gufatwa barenze ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19 ari bo barimo gutuma imibare y’abandura iki cyorezo irushaho kwiyongera ndetse abandi bakaba barimo guhitanwa na cyo.

    Ati “Ibikorwa bitemewe bagomba kubyirinda, hagiye hafatwa abantu benshi barenze ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19 kandi n’ubu baracyafatwa ariko banze kubicikaho. Ubutumwa twabaha nibirinde ibikorwa bitemewe. Nibabirengaho Polisi izakomeza ibafate, aba batubahiriza amabwiriza ni bo barimo gutuma imibare y’ubwandu ikomeza kwiyongera ndetse n’abafatwa n’iki cyorezo bagakomeza kwiyongera”.

    Ahakorerwa massage muri urwo rugo
    Ahakorerwa massage muri urwo rugo

    Abafashwe bahise bashyikirizwa inzego zishinzwe guca amande abarenze ku mabwiriza yo kurwanya icyorezo cya Covid-19. Inzego z’ibanze zikaba zahise zifunga inyubako yakorerwagamo Sauna na Massage.

    Abafashwe kuri iyo tariki ya 27 Kamena baje bakurikira abandi 13 bafashwe ku wa Gatandatu tariki ya 26 Kamena 2021, na none bafitiwe mu Karere ka Kicukiro mu Murenge wa Nyarugunga.


  • Gisagara VC na Rwanda Revenue begukanye irushanwa ryo Kwibuka abasportifs bazize Jenoside yakorewe Abatutsi #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Guhera ku wa Gatanu tariki 25/06/2021, Ishyirahamwe ry’umukino wa Volleyball mu Rwanda (FRVB) ryateguye irushanwa rigamije kwibuka abahoze ari abakinnyi, abakunzi ndetse n’abandi bose babarizwaga mu muryango wa Volleyball bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994.

    Ni irushanwa ryari ryitabiriwe n’amakipe asanzwe akina mu cyiciro cya mbere mu Rwanda, ndetse hazamo n’amakipe yo muri Kenya arimo Kenya Ports Authority (mu bagabo), mu gihe mu bagore hari hajemo ikipe ya Nairobi Water.

    Mu bagore Rwanda Revenue ni yegukanye igikombe
    Mu bagore Rwanda Revenue ni yegukanye igikombe

    Mu bagore, ikipe ya Rwanda Revenue ndetse na APR VC ni zo zaje guhurira ku mukino wa nyuma, umukino waje kurangira ikipe ya Rwanda Revenue ari yo yegukanye igikombe, naho umwanya wa gatatu utwarwa na Nairobi Water itsinze UTB WVC amaseti 3-2.

    Gisagara VC ni yo yegukanye igikombe itsinze REG VC
    Gisagara VC ni yo yegukanye igikombe itsinze REG VC

    Mu bagabo ikipe ya Gisagara VC nyuma yo gutsinda ikipe ya UTB muri ½ mu mukino wari ugoranye ku maseti 3-2, yaje guhurira ku mukino wa nyuma na REG VC yari yasezereye APR VC.

    Gisagara VC yageze ku mukino wa nyuma isezereye UTB
    Gisagara VC yageze ku mukino wa nyuma isezereye UTB

    Umukino waje kurangira ikipe ya Gisagara VC ari yo yegukanye igikombe itsinze REG amaseti 3-1, iza no guhabwa sheki ya Miliyoni 2 Frws, kimwe na Rwanda Revenue nayo yahawe ayo mafaranga angana gutyo, mu gihe iza kabiri zahawe Miliyoni 1 Frws, naho iza gatatu zihabwa ibihumbi 500 Frws.

    Hon. Bernard Makuza wahoze ayobora Sena y
    Hon. Bernard Makuza wahoze ayobora Sena y’u Rwanda, yari yitabiriye iyi mikino
    Yari kumwe na Honorable Amb. Uyisenga Charles
    Yari kumwe na Honorable Amb. Uyisenga Charles
    UTB VC yari isanzwe ifite iki gikombe yasoreje ku mwanya wa gatatu
    UTB VC yari isanzwe ifite iki gikombe yasoreje ku mwanya wa gatatu