Tag: featured

  • Aba mbere bashyikirijwe inzu mu mudugudu w’icyitegererezo wa Kinigi #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Bamwe mu baturage beretswe inzu bazaturamo
    Bamwe mu baturage beretswe inzu bazaturamo

    Bimwe mu bigize izo nyubako ni amatafari ya Ruriba, ndetse n’amabuye y’amakoro abajwe mu makaro abereye ijisho, kuzamuka muri izo nyubako hakaba harateguwe inzira ebyiri zirimo n’igenewe abafite ubumuga.

    Mu kiganiro Kigali Today yagiranye n’umuyobozi w’Akarere ka Musanze, Nuwumuremyi Jeannine, avuga ko uwo mudugudu wiyongereye mu byiza nyaburanga bigize ako gace dore ko ba mukerarugendo bakagize nk’iwabo kubera amahumbezi aturuka mu birunga n’izo Ngagi zahogoje amahanga.

    Ni umudugudu ugomba gutuzwamo imiryango 144
    Ni umudugudu ugomba gutuzwamo imiryango 144

    Meya Nuwumuremyi yagarutse ku mpamvu nyamukuru zo kubaka uwo mudugudu muri ako gace, agaragaza ko ako gace kari mu nkengero z’ibirunga hazwi cyane mu gukundwa na ba mukerarugendo, ngo ni yo mpamvu bakuye abaturage mu miturire y’akajagari babashyira mu miturire igezweho aho bamaze kwegerezwa ibikorwaremezo byemerera ako gace gufatwa nk’umujyi.

    Yagize ati “Ni inzu zubakiwe abatuye hano mu Kinigi, mu rwego rwo kubatuza mu buryo bunoze kandi bugezweho, ubutaka bwacu by’umwihariko hano mu Kinigi burahenze kandi burera cyane, ntibikwiye ko tubukoresha mu kajagari. Abaturage bari batuye batatanye cyane ugasanga no kubagezaho ibikorwaremezo ntibyoroshye, ariko ubu murabona ko hano nta kihabuze, ni umujyi mu yindi”.

    Arongera ati “Ni gahunda nziza ya Leta yo gutuza abantu uko bikwiye, ni yo mpamvu hafashwe icyemezo cyo gukura abaturage mu bwigunge, bubakirwa uyu mudugudu uteye amabengeza, aya mazu atandukanye n’uko twari dutuye aho byari akajagari, none batujwe mu mujyi nk’ahantu hafite umwihariko w’ubukerarugendo, ahari Pariki, ingagi zisurwa cyane, amahoteli mpuzamahanga n’ibindi. Uyu mudugudu uratuma aka gake ka Kinigi gatera imbere, ni inyongeragaciro ku bukerarugendo bubera muri aka gace”.

    Aba ni bamwe mu baturage beretswe inzu bagomba guturamo
    Aba ni bamwe mu baturage beretswe inzu bagomba guturamo

    Ubwo Minisitiri Gatabazi yasuraga uwo mudugudu ku mugoroba wo ku itariki 27 Kamena 2021, yishimiye aho ibikorwa by’izo nyubako z’umudugudu bigeze, asaba ko ibisigaye bike bitarakorwa byakwihutishwa, abaturage bakitegura gutura mu nzu zabo.

    Kuba itariki 28 Kamena 2021 zigeze abo baturage bose bataratuzwa muri ayo mazu, ni uko hari ibigitunganywa birimo amasuku, kugeza ibikoresho byose mu byumba byose n’ibindi birimo ibitanda na matola bikomeje kugezwamo uko bwije n’uko bukeye.

    Meya Nuwumuremyi Jeannine yishimira ko umudugudu w
    Meya Nuwumuremyi Jeannine yishimira ko umudugudu w’icyitegererezo wa Musanze wuzuye

    Kugeza ubu, bamwe mu baturage bamaze kwerekwa inzu zabo, aho basanze ibyangombwa byose byamaze kugezwamo birimo ibitanda na matola bigizwe n’igitanda cy’ababyeyi, icy’abashyitsi, icyumba cy’abana kirimo igitanda kigeretse biryamwaho hasi no hejuru, n’icyumba cy’uruganiriro kirimo intebe, televisiyo nshya ya Startames ya pouse 32, n’akumba ko gutekeramo karimo gaz nshya, hakaba n’ahagenewe amashyiga asanzwe ya kijyambere yubatse ku buryo butimukanwa, ubwiherero bugezweho amazi n’ibindi.

    Mu bindi byashimishije abahawe amazu ni intebe igezweho, yicarwamo byaba na ngombwa ikaramburwa igakorwamo uburiri, ikaba yakwifashishwa mu gihe bibaye ngombwa ko umuryango wakira abashyitsi benshi.

    Ikindi cyatunguye abo baturage bagiye kwimurirwa muri izo nzu ni ukubwirwa ko buri muryango uzagenerwa telefoni igezweho (Smart phone), bavuga ko ubuzima bwabo bugiye guhinduka abari abanyacyaro bakaba babaye abanyamujyi.

    Nk’uko Meya Nuwumuremyi yakomeje kubitangariza Kigali Today mu kiganiro kirambuye bagiranye ku bijyanye n’uwo mudugudu, ngo izo nzu uko ari 144 zirutana mu byiciro bibiri, aho hari izihagaze agaciro ka miliyoni 40 z’amafaranga y’u Rwanda kuri buri nzu harimo n’ibiyigize, hakaba n’indi yisumbuyeho ifite agaciro ka miliyoni 50.

    Mu rwego rwo gufasha abaturage kumenya gukoresha neza ibyo bikoresho birimo gaz, ubwiherero, gutegura amafunguro agezweho, isuku n’ibindi, ngo Akarere ka Musanze kageneye amahugurwa abaturage bazatuzwa muri izo nzu, aho urugero uwakoreshaga ubwiherero busanzwe yisukuza ibyatsi, ibyo byajyanye n’amateka kuko bagiye kujya bakoresha ubwiherero bugezweho busaba isuku y’amazi.

    Uretse izo nyubako abaturage bazatuzwamo, muri uwo mudugudu haragaragara n’ibindi bikorwa remezo birimo agakiriro kamaze kuzura, kagiye gufasha imyuga inyuranye irimo ububaji, gusudira, ubudozi ndetse n’abakora ubukorikorin bujyanye n’ubukerarugendo, havugururwa n’ikigo nderabuzima cy’icyitegererezo kizajya gitanga serivise z’ibitaro zirimo kuvura amenyo n’izindi ndwara, aho ibikoresho bya ngombwa byose byamaze kuboneka.

    Muri uwo mudugudu hubatswe kandi n’inzu zizororerwamo inkoko zigera ku bihumbi umunani, mu rwego rwo gufasha abazatura muri uwo mudugudu kubona indyo yuzuye, ndetse hagenwa n’aho amatungo yabo basanzwe boroye arimo inka n’ihene azororerwa, ku buryo usanzwe afite itungo yemerewe kuryimukana mu mudugudu.

    Muri uwo mudugudu kandi, hari n’amashuri anyuranye arimo ay’incuke, abanza n’ayisumbuye, ubuyobozi bw’Akarere ka Musanze bwishimira ko ishuri rya Kampanga ryamaze kongererwa agaciro bitewe n’uwo mudugudu nk’uko Meya Nuwumuremyi abivuga.

    Agira ati “Dufite GS Kampanga, ni ishuri dusanganwe ariko ryongerewe agaciro mu buryo bugaragarira buri wese, dufite ibyo bita Smart Classroom itarahigeze, harimo ikoranabuhanga muri ibyo byumba, hari Laboratwari zinyuranye, abana bubakiwe igikoni kigezweho n’aho bafungurira, bubakirwa ibibuga by’imikino birimo Football, ibibuga bya Volleyball, ibya basket. Mu by’ukuri ni ikigo cy’ishuri cyavuguruwe mu buryo bukomeye”.

    Uwo muyobozi kandi yagarutse ku mihanda ya kaburimbo yerekeza muri uwo mudugudu yamaze kuzura n’iri ku musozo ati “Imihanda yo mu mudugudu murabona ko yarangiye, uva muri santere ya Kinigi murabona ko wamaze gushyirwamo kaburimbo, mu gihe uva kuri INES-Ruhengeri ugatunguka muri uyu mudugudu na wo uri gutsindagirwa aho mu minsi mike uwo muhanda wa kaburimbo turaba tuwugendamo, hakaba n’uva hano mu mudugudu ugera Rushubi, na wo uri hafi kuzura, iyo mihanda ya kaburimbo tuyungukiye muri iki gikorwa cyo kubaka uyu mudugu”.


  • Abadepite batoye itegeko ry’ingengo y’imari y’umwaka wa 2021/2022 – #rwanda #RwOT

    Iyi Nteko Rusange yateranye kuri uyu wa Mbere, tariki ya 28 Kamena 2021, itegeko ryatowe n’abadepite 57 muri 62 bayitabiriye.

    Mbere yo gutora itegeko ry’Ingengo y’Imari, Komisiyo y’Ingengo y’Imari n’Umutungo w’Igihugu yabanje kugaragaza raporo yakoze ku mbanziriza mushinga w’itegeko ry’ingengo y’imari igena uko amafaranga azakoreshwa n’ibikorwa azashorwamo.

    Ubwo yagezaga raporo ku badepite Perezida wa Komisiyo y’Ingengo y’Imari n’Umutungo by’Igihugu, Prof. Omar Munyaneza, yavuze ko hari ibyakozwe birimo kugabanyirizwa amafaranga imishinga imwe n’imwe ndetse indi igashyirwa mu bigomba kwibandwaho bitewe n’uko ari byo byihutirwa kurushaho.

    Yongeye kugaragaza ko umushinga w’itegeko ry’ingengo y’imari ugizwe n’ingingo 26 zikubiye mu mitwe itatu kandi ko kuri ibi ntacyo bahinduyeho.

    Mbere yo gutora itegeko rigena ingengo y’imari ya 2021/2022 babanje gutora ingingo zirigize uko ari 26, baziganiraho maze ingingo zose ziratorwa kuko nta n’imwe itigeze yemezwa. Mu gutora itegeko rigena ingengo y’imari abadepite 62 bari bitabiriye, abaritoye ni 57 naho amajwi atanu aba impfabusa.

    Ingengo y’Imari y’uyu mwaka ifite Insangamatsiko igira iti “Kuzahura ubukungu binyuze mu guteza imbere inganda n’iterambere ridaheza.’’

    Ishingiro ry’umushinga

    Ingengo y’imari yiyongereyeho miliyari 342.2 bingana na 9.8 % ugereranyije n’ingengo y’imari ivuguruye y’umwaka wa 2020-2021.

    Biteganyijwe ko amafaranga akomoka imbere mu gihugu azagera kuri miliyari 2543.3 Frw bingana na 67% by’ingengo y’imari yose, inkunga z’amahanga ziteganyijwe kugera kuri miliyari 612.2 Frw bingana na 16% mu gihe inguzanyo z’amahanga zizagera kuri miliyari 651.5% bihwanye na 17% byayo.

    Muri rusange amafaranga ava imbere mu gihugu wongeyeho inguzanyo z’amahanga igihugu kizishyura bingana na 84% by’ingengo y’imari ya 2021/2022 bishimangira ukwigira no kwishakamo ibisubizo mu Banyarwanda.

    Amafaranga azakoreshwa mu ngengo y’imari isanzwe azagera kuri miliyari 2413.7 Frw angana na 64.7%, azakoreshwa mu mishinga y’iterambere azagera kuri 1393.3 Frw bingana na 36.6 %, kandi ku ngengo y’imari yose amafaranga agera kuri miliyari 541 Frw bingana na 14.2% azakoreshwa mu ishoramari rya Leta.

    Impamvu zo kwiyongera ku ngengo y’imari

    Ubwo basesenguraga imbanzirizamushinga y’iri tegeko, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi ushinzwe Imari ya Leta,Tushabe Richard, yagaragaje ko impamvu habayeho kwiyongera kwayo harimo gukomeza guhangana n’ingaruka z’icyorezo cya Covid-19 gikomeje kuyogoza Isi, guhemba abarimu bashya bashyizwe mu myanya mu mashuri mashya yubatswe no kongera 10% ku mishahara y’abarimu yari isanzwe.

    Ikindi cyatumye iyi ngengo y’imari y’iyongera nk’uko Tushabe yabitangaje yavuze ko hari na gahunda yo kugaburira abana ku mashuri no gukwirakwiza amazi mu baturage kuko byagaragaye ko hari ingomero n’inganda zimaze kubakwa ariko bikaba bikwiye ko amazi asaranganywa akuwe kuri izo nganda.

    Ibitekerezo byatanzwe n’abadepite byatekerejweho ku kigero cya 88.7%

    Nyuma yo kuganira n’inzego zitandukanye n0 gusaranganywa kw’ingengo y’imari, Perezida wa Komisiyo yavuze ko amafaranga yagabanyijwe ku bikorwa bimwe agashyirwa ku byihutirwa kurusha ibindi, azashakirwa mu ngengo y’imari ivuguruye harimo no kuziba icyuho cyane cyane kiri mu mishahara naho andi akazashakwa mu ngengo y’imari y’igihe giciriritse.

    Yavuze ko hari ibyuho 173 (ni ukuvuga ibyifuzo byatanzwe n’abadepite) byari byagaragajwe n’Inteko Ishinga Amategeko byasabaga gushakirwa miliyari 311.2 Frw, yasabaga ko byakwitabwaho mu gutegura umushinga w’ingengo y’imari y’umwaka wa 2021/2022, ibindi bikazitabwaho mu kuyivugurura no mu ngengo y’imari y’igihe giciriritse.

    Komisiyo yagaragaje ko byitaweho ku kigereranyo cya 88.7% mu buryo bukurikira, ibyuho 12 bingana na miliyari 4.2 Frw, ngo aha byabonewe miliyari 20 Frw mu ntangiriro z’umwaka.

    Kuba harabonetse amafaranga menshi basobanuye ko Minisiteri y’Ingabo yari yasabiwe miliyoni 4.6 Frw yo kwishyura ibikorwa byayo birimo amazi, internet n’ibindi yongereweho miliyari 15.488 kugira ngo izayifashishe mu kuziba ikindi cyuho cya miliyari 11 Frw yo gukomeza kubaka Ishuri rya Gisirikare riri mu Bugesera “Rwanda Military Academy.”

    Ibindi byuho byabonewe amafaranga yose harimo kandi miliyari 1.38 Frw yashyizwe mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe Mine, Peteroli na Gaz mu rwego rwo gukomeza kubishakisha.

    Hari kandi miliyoni 480 Frw yo kuziba icyuho cy’imishahara y’abakozi ba Gicumbi na miliyoni 239.6 Frw yari yasabiwe Akarere ka Kamonyi yo kwishyura rwiyemezamirimo wubatse umuhanda wa kaburimbo Bishenyi-ku bitaro by’amaso bari baremerewe na Perezida wa Repubulika, ariko nyuma yo gusubira mu mibare Komisiyo yasanze yaragombaga guhabwa miliyoni 285.5 Frw kandi yose yarabonetse.

    Uretse aya mafaranga kandi hari miliyoni 361.5 Frw yari yasabiwe Ibitaro bya Kaminuza bya Kigali CHUK yo kugura ibikoresho bigezweho bikenewe gukoreshwa ku bana bavutse bafite ibibazo cyangwa badashyitse kuko ibyari bisanzwe bigaragara ko bishaje kuko byaguzwe mu myaka irenga 10 ishize.

    Hari kandi na miliyoni 942.6 Frw yari yasabiwe Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi binyuze mu kigo NAEB binyuze mu mushinga wari witezweho kwinjiza amadevize miliyoni 1.2 Frw buri mezi abiri.

    Uretse ibyo byuho byabonewe amafaranga yari akenewe Komisiyo yagaragaje ko hari ibyuho 111 bingana na miliyari 172.9 byari byagaragajwe ko bikwiye kwitabwaho ariko muri byo 33 ni byo byabonewe miliyari 11.9 Frw mu ntangiriro z’uyu mwaka naho ibindi byuho bikazongera gusuzumwa mu ngengo y’imari ivuguruye ya 2022/2023 byose bikitabwaho.

    Muri byo harimo ibyuho 12 bingana hafi miliyari 1.4 Frw byari byasabiwe Minisiteri ya Siporo mu Rwanda yo kwakira no kwitabira imikino mpuzamahanga, ikaba yarabonewe miliyari 1.2 Frw hakaburaho miliyoni 200 Frw zizashakwa mu ngengo y’imari ivuguruye.

    Uretse aya mafaranga kandi hari miliyoni 169 Frw zari zasabiwe Komisiyo y’Ubumwe n’Ubwiyunge mu Rwanda bizasuzumwa mu ngengo y’imari itaha kuko hari amafaranga iyi komisiyo ifite yaba ikoresha mu gihe hatarakorwa irindi suzuma.

    Hari kandi ibyuho 47 bingana na miliyari 132.8 Frw, birindwi muri byo byabonewe miliyari 9.4 Frw ibindi bikazitabwaho mu gihe giciriritse, ibindi byuho nabyo bitatu byari bifite agaciro ka miliyari 1.3 Frw bizitabwaho hifashishijwe amafaranga ava mu baterankunga, aha harimo kwishyura ibirarane bya ba rwiyemezamirimo b’iyubakwa ry’amashuri mu Karere ka Ngororero, ahashakwaga miliyoni 270 Frw ariko habonetse miliyoni 42.8 Frw yongererwa Akarere na miliyoni 92 Frw yabonetse ku mishinga ibiri yo mu Turere twa Ngororero na Muhanga gusa amafaranga asigaye kugira ngo icyuho cyose gihari kizibwe azatangwa n’umuterankunga ariwe Banki y’Isi.

    Muri ibi byuho ariko hari ibyagaragajwe ko inzego zitandukanye nazo zikwiye kuzajya zigira uruhare mu kubiziba zikoze ku mafaranga zinjiza.

    Mu gusoza Perezida wa Komisiyo yashimiye ubufatanye bwagaragaye mu bagize uruhare mu itegurwa ry’ingengo y’imari ya Leta, asaba abagize inteko rusange kwakira raporo no gufatanya kuzahura ubukungu bwahungabanyijwe na Covid-19.

    Iyi nama yabaye hifashishijwe ikoranabuhanga abadepite batora itegeko rigena ingengo y’imari y’uyu mwaka

    Perezida wa Komisiyo y’Igengo y’Imari n’Umutungo by’Igihugu, Prof. Omar Munyaneza, yagaragaje ko hari ibikorwa byateguwe bagendeye ku byihutirwa kurushaho

    Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko Umutwe w’Abadepite, Mukabalisa Donatille, ni we wayoboye iki gikorwa

  • #COVID19: Mu Rwanda abakize ni 182, abantu 408 bahawe urukingo rwa AstraZeneca #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abitabye Imana ni abagore batatu b’imyaka 73, 63 & 39, abagabo batatu b’imyaka 78 na babiri b’imyaka 40 (i Kigali) n’umugabo w’imyaka 81 (i Rusizi), bakaba bahise buzuza umubare w’abantu 427 bamaze kwicwa n’iki cyorezo mu Rwanda.

    Abarimo kuvurwa bose hamwe ni 9,685.

    Abantu 249,126 bamaze guhabwa doze ya kabiri y’urukingo rwa COVID-19 (AstraZeneca) barimo 408 bayihawe ku wa Mbere.

    Inzego zishinzwe ubuzima zisaba Abaturarwanda baba abakingiwe n’abatarakingirwa gukomeza kwitwararika birinda kwandura cyangwa kwanduza abandi icyorezo cya COVID-19 gikomeje kugaragaza ubukana mu Rwanda n’ahandi ku isi.

  • Ngoma: Abagizi ba nabi batemaguye inka y’umuturage yonsaga irapfa – #rwanda #RwOT

    Ibi byabaye mu ijoro ryacyeye ahagana saa Saba z’ijoro mu Mudugudu wa Tunduti mu Kagari ka Kinyonzo mu Murenge wa Kazo.

    Inka yatemwe ni iy’umuturage witwa Mukabahizi Marie Chantal ufite imyaka 49, aba bagizi ba nabi ngo bahaje nijoro barayitemagura isigara yabira ubundi bariruka, mu gusohoka ngo yasanze inka bayitemye imitsi yo ku maguru y’inyuma n’ay’imbere ku buryo itabashaga guhagarara.

    Ngo yahise atabaza ubuyobozi bw’inzego z’ibanze n’abashinzwe irondo nyuma y’iminota mike ya nka ihita ipfa.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kazo, Nyamutera Emmanuel, yabwiye IGIHE ko koko bageze kuri uyu muturage bagasanga inka ye yapfuye kandi bigaragara ko yatemwe.

    Ati “Umukecuru yagiye kumva yumva iragongera nko mu ma saa Saba, arasohoka bariruka ariko bamaze kuyitema ibitsi byombi binaza kuyiviramo gupfa. Uwayitemye ntabwo aramenyekana ubu turi kumushakisha.”

    Yakomeje avuga ko kuri ubu bari gushakisha mu baturage bakekwa kugira ngo bashyikirizwe ubutabera. Yavuze ko kandi abaturage bo muri uyu mudugudu bagomba gukoreshwa inama bakaganirizwa.

    Gitifu Nyamutera yavuze ko kuri ubu uyu mugore ari bushumbushwe indi nka nkuko ngo yabivuganye n’ubuyobozi bw’Akarere.

    Ati “Turi bumushumbushe indi nka kuko iriya yari yarayiguriye kandi yari imaze ibyumweru bibiri ibyaye. Tugiye rero gukaza umutekano hirya no hino mu murenge kugira ngo abantu nk’aba bakora ubu bugome ubutaha bajye bahita bafatwa.”

    Amakuru IGIHE yamenye ni uko hari abantu bane bashyizwe mu majwi n’uyu mugore nyuma yo gutemerwa inka, abo bantu ngo bakaba barigeze no gutega umuhungu we bamwambura igare bagiye kubarega ngo batangira kubatera ubwoba babinyujije mu kubahamagara kuri telefoni, aba akaba aribo yavuze ko akeka akurikije uburyo ngo bamuteraga ubwoba.

    Abagizi ba nabi batemaguye inka y’umuturage yonsaga irapfa

  • Ibyo wamenya ku mushinga ‘Green Gicumbi’ washowemo arenga miliyari 32 Frw zo kugabanya ingaruka z’imihindagurikire y’ibihe – #rwanda #RwOT

    Binyuze mu Kigega cy’Igihugu gishinzwe kurengera Ibidukikije, Fonerwa, mu Karere ka Gicumbi hatangijwe umushinga wiswe ‘Green Gicumbi’ ufite intego yo kurengera ibidukijije mu cyogogo cy’umuvumba ako karere gaherereyemo.

    Ni umushinga mugari washowemo miliyoni 32$, ukaba ushyirwa mu bikorwa na Fonerwa ku bufatanye na Green Climate Fund.

    Mu byo uyu mushinga uzafasha kandi harimo kurwanya imyuzure ikabije, amapfa n’inkangu n’ibindi bituma habaho ukugabanuka k’umusaruro w’ibikomoka ku buhinzi, indwara, kwangirika kw’ibikorwa remezo, kubaganuka k’ubutaka buhingwaho n’ibindi.

    Nyuma y’ibi bibazo kandi haniyongeraho ibishingiye ku bwiyongere bukabije bw’abaturage n’ibura ry’ubutaka byagiye bituma abantu batura mu bice bifite ibyago byinshi byo kwibasirwa nimyuzure.

    Ni ibintu byagiye bigira uruhare rukomeye mu gutera ingaruka nyinshi cyane ku bantu badafite uburyo bwizewe bwo kwirinda ingaruka zitandukanye zikomoka ku mihindagurikire y’ibihe.

    Akenshi ibice by’u Rwanda byibasirwa n’ibyo bibazo usanga ari ibirimo ubuhaname bukabije bw’imisozi, ukutagira amakuru ahagije ku kirere no kugabanuka kw’amashyamba.

    Imibare yerekana uko u Rwanda rwibasirwa n’ingaruka zikomoka ku mihindagurikire y’ibihe ndetse raporo y’igihugu yo mu 2018 yerekanye ko Intara y’Amajyaruguru, by’umwihariko Akarere ka Gicumbi gafite ibyago biri hejuru byo kwibasirwa n’ingaruka zikomoka ku mihindagurikire y’ibihe.

    Iyo raporo igaragaza ko Gicumbi iza ku mwanya wa kabiri mu kugerwaho n’ingaruka zifitanye isano n’imihindagurikire y’ibihe mu gihugu.

    Umushinga Green Gicumbi, igisubizo kuri ibi bibazo

    Mu 2019, Leta y’u Rwanda yabonye inkunga ya miliyoni 32$ yatanzwe n’Ikigega gitera inkunga imishinga yo guhangana n’Imihindagurikire y’Ibihe (GCF) yo gushyira mu bikorwa umushinga wo kubakira ubushobozi abaturage bo mu Majyaruguru mu guhangana n’ingaruka zikomoka ku mihindagurikire y’ibihe.

    Uyu mushinga wiswe “Green Gicumbi”, ushyirwa mu bikorwa na Fonerwa. Mu mezi 18 umaze ushyirwa mu bikorwa, mu myaka itandatu biteganyijwe ko uzamara, wibanda ku bikorwa b’ingenzi byo kubungabunga icyogogo no guteza imbere ubuhinzi bwihanganira imihindagurikire y’ibihe.

    Muri uyu mushinga kandi hari gushyirwaho uburyo burambye bwo gucunga amashyamba no kubyaza umusaruro ibiyakomokaho no guteza imbere ku buryo burambye ingufu zitangiza ibidukikije, imiturire itangiza ibidukikije kandi ibasha guhangana n’ingaruka zikomoka ku mihindagurikire y’ibihe no gushyiraho uburyo bwo gusangira ubumenyi ku mihindagurikire y’ibihe.

    Abaturage b’Akarere ka Gicumbi bemeza ko hari byinshi uyu mushinga umaze kubagezaho mu guhangana n’ibiza byajyaga bibibasira ndetse ko ubafasha no kwiyubakira ubushobozi bwo kuzahangana nabyo no mu bihe bizaza binyuze mu bikorwa byo kurwanya isuri harimo gutera ibiti n’ibyatsi bivangwa n’imyaka nka kimwe mu ngamba zo kurwanya isuri yubutaka ikunze kwibasira aka karere.

    Mbarushimana Aloys wo mu Kagari ka Gacurabwenge, Umurenge wa Byumba yagize ati “Iri shyamba ubundi abenshi twayarazwe na ba sogokuru, ibishyitsi wabonaga byanamye ryari ryarashaje pe! Twakuragamo ibiti bito cyane by’ibishingirizo, mbere baza kutubwira ngo tuvugurure twabanje kumva ko bagiye kudutwarira ishyamba.”

    “Nyuma baradusobanurira turabyumva kugeza ubwo banaduhayemo akazi ari naho nakuye amafaranga nishyuye mituweli nkaguramo n’ihene. Ubu ni bwo tumaze kubona akamaro karyo kuko ibiti bateye bikura nk’imibyare urabona bishimishije kandi n’ishyamba riracyari iryacu.”

    Yakama Jean Bosco we akora mu ngemwe z’icyayi avuga ko mbere ataratangira kuhakorera ubuzima bwari bugoye ariko ubu ubuzima bwarahindutse kuko akora akanahembwa ndetse yaniyubakiye inzu.

    Umuyobozi w’Umushinga Green Gicumbi muri Fonerwa, Kagenza Jean Marie Vianney, avuga ko ibikorwa byose biteganyijwe gukorerwa muri ako karere bigamije guhangana n’ibibazo biterwa n’imihindagurikire y’ibihe bizagerwaho.

    Yagize ati “Mbere hari aho wasangaga hari imbogamizi z’abaturage batumvaga neza imirimo igiye kubakorerwa, wahuye nabyo mu gusazura amashyamba, kawa, icyayi no gukora amaterasi byakundaga kugaragara.”

    “Ubu iyo myumvire yarahindutse. Hari n’abagenda batwisabira ko twajyana imishinga myinshi iwabo kubera ko imirimo yose ihakorerwa babonamo akazi mu buryo butandukanye kandi ibihakorerwa bigasigara ari ibyabo twe tukabaha ubufasha bwo kubigisha uko byabungwabungwa neza bikababyarira umusaruro uhagije bitabangiririje ibyabo.”

    Umushinga Green Gicumbi ukorera ibikorwa byawo mu mirenge icyenda y’Akarere ka Gicumbi ifite aho ihuriye n’icyogogo cya Muvumba. Iyi mirenge ni Rubaya, Cyumba, Kaniga, Mukarange, Rushaki, Shangasha, Manyagiro, Byumba na Bwisige.

    Umuyobozi w’Akarere ka Gicumbi, Ndayambaje Félix, avuga ko bazakomeza gufatanya n’abafatanyabikorwa no kwigisha abaturage uko bashobora guhangana n’ingaruka z’imihindagurikire y’ibihe.

    Yagize ati “Turashimira aba bafatanyabikorwa bacu, ubundi iyo urebye imiterere y’akarere kacu kagizwe n’imisozi miremire kandi ihanamye, ntibyakwiye kutubera imbogamizi ahubwo tubikoze neza byatubera ibisubizo ari nabyo Fonerwa idufashamo mu Mushinga wa Green Gicumbi. Tuzakomeza gushishikariza abaturage bacu no kubigisha uburyo bunoze bwo gukoresha ubutaka neza kuko abenshi ari abahinziborozi n’imiturire nayo igomba kuba inoze itangiza ibidukikije nibyo natwe tuzakomeza kwitaho.”

    Mu byo Green Gicumbi imaze gukora muri aya mezi 18 imaze ikora, harimo gukora amaterasi y’indinganire kuri hegitari 400 n’izindi 410 z’amaterasi yikora, hatewe ibiti bivangwa n’imyaka kuri hegitari 600, hubakwa ibidamu 2400 bifata bikanagabanya umuvuduko w’amazi yo mu mikoki.

    Abantu 17.320 babonye imirimo mu bikorwa bitandukanye byakozwe n’uyu mushinga, hubakwa ibigega bifata amazi y’imvura angana na 318m3, hatuburwa ingemwe z’icyayi 600.000. Amashyamba ari ku buso bwa hegitari 400 yari yarangiritse yaravuguruwe, hatunganywa ingemwe 68.000 z’imbuto ziribwa, izindi 100.000 z’imigano ziratunganywa.

    Mu kugabanya imyuka ihumanya ikirere kandi binyuze muri “Green Gicumbi” hubatswe inzu y’uruganda rw’icyayi rwa Mulindi yo kwanikwamo ibicanwa, inatanga utwuma 40 dufasha kugabanya iyo myuka yoherezwaga mu kirere, hanatangwa imbabura zirondereza ibicanwa ku baturage bagera ku 6.700 hongerwaho abahawe imbuto y’ibirayi toni 400 na 14 z’ibishyimbo.

    Abashinzwe gushyira mu bikorwa umushinga wa “Green Gicumbi” batangaza ko kugeza ubu bageze kuri 15% y’ingengo y’imari, ariko ku kijyanye n’ibikorwa bari hejuru ya 25%.

    Muri uyu mushinga haterwa ibiti ku misozi itandukanye

    Abaturage batangiye kubona inyungu zavuye muri uyu mushinga

    Umushinga ‘Green Gicumbi’ washowemo arenga miliyari 32 Frw mu kugabanya ingaruka z’imihindagurikire y’ibihe

    Gicumbi iza ku mwanya wa kabiri mu kugerwaho n’ingaruka zifitanye isano n’imihindagurikire y’ibihe mu gihugu

  • Perezida Kagame yakiriye impapuro zemerera ba ambasaderi bane guhagararira ibihugu byabo mu Rwanda (Amafoto) – #rwanda #RwOT

    Aba bambasaderi uko ari bane bakiriwe n’Umukuru w’Igihugu muri Village Urugwiro kuri uyu wa Mbere, tariki ya 28 Kamena 2021.

    Muri bo umwe, Amir Mohammad Khan wa Pakistan ni we uzaba afite icyicaro mu Mujyi wa Kigali mu gihe Jesús Agustín Manzanilla Puppo wa Venezuela, Valentin Zellweger w’u Busuwisi na Sasirit Tangulrat wa Thailand bazakorera i Nairobi muri Kenya.

    Nyuma yo gushyikiriza Umukuru w’Igihugu impapuro zibemerera guhagararira inyungu z’ibihugu byabo mu Rwanda, bagaragaje ko biteguye kurushaho kubyaza umusaruro umubano mwiza uhuriweho, guteza imbere ubucuruzi, ishoramari, ikoranabuhanga n’ibindi.

    Ambasaderi w’u Busuwisi mu Rwanda, Valentin Zellweger, yavuze ko yagiranye ibiganiro byihariye na Perezida Kagame byibanze ku mubano w’igihugu cye n’u Rwanda umaze imyaka igera kuri 60 ushinze imizi.

    Yagize ati “Twibanze ku byo duhuriyeho, turi ibihugu bidakora ku Nyanja, bifite imisozi myinshi, dufite abaturanyi banini. Twemeranyije ko tuzakomeza gukora ibishoboka byose mu guteza imbere umubano usanzweho. Twanaganiriye ku iterambere ry’ubukungu twizera ko rizibandwaho.’’

    Yavuze ko mu mikoranire mishya hazibandwa ku iterambere ry’ikoranabuhanga, gufasha u Rwanda kuba igicumbi cyakira inama n’ibindi impande zombi zakuramo inyungu.

    -  U Rwanda na Thailand bimaze imyaka 34 bibanye neza

    Ambasaderi wa Thailand mu Rwanda, Sasirit Tangulrat, yavuze ko mu biganiro n’Umukuru w’Igihugu baganiriye ku nzego bazibandaho zirimo ikoranabuhanga, ubukerarugendo n’urwego rw’ubuvuzi rusange.

    Ati “Mu mwaka utaha tuzaba twizihiza isabukuru y’imyaka 35 y’umubano w’ibihugu byombi. COVID-19 ibitwemereye twazategura igikorwa cyo kwizihiza.’’

    Kugera ubu, Thailand yasinye amasezerano abiri n’u Rwanda arimo ajyanye n’Ikoranabuhanga.

    Ambasaderi Sasirit Tangulrat yavuze ko ikoranabuhanga ari ingenzi muri ibi bihe Isi irimo byo guhangana na COVID-19.

    Yakomeje ati “Ni ingenzi mu bucuruzi, kuko bifasha abacuruzi mu kazi kabo. U Rwanda rufite ubunararibonye ndetse na Thailand rushaka kuyigiraho muri iki cyiciro.’’

    Jesús Agustín Manzanilla Puppo uhagarariye inyungu za Venezuela mu Rwanda yavuze ko atewe ishema no kuba mu Rwagasabo kandi ko Abanya-Venezuela bafata Abanyarwanda n’Abanyafurika nk’abavandimwe.

    Yagize ati “Ndabashimira intambwe mwateye, mu bukungu n’abaturage bakaba babona ubuvuzi. Nizeye ko gutanga impapuro kuri Paul Kagame ari intangiriro yo gukomeza kunoza umubano wacu umaze imyaka 40. Nzakora ibishoboka byose ngo nshyireho itafari ryanjye.’’

    Perezida Kagame kandi yanakiriye Ambasaderi wa Djibouti mu Rwanda, Mohamed Idriss Farah wasoje manda nyuma y’imyaka umunani yari amaze mu gihugu.

    Perezida Kagame yakiriye abarimo Ambasaderi wa Pakistan mu Rwanda, Amir Mohammad Khan. Ni we wa mbere ugiye guhagararira igihugu cye uzaba afite icyicaro mu Mujyi wa Kigali

    Perezida Kagame na Ambasaderi w’u Busuwisi mu Rwanda, Valentin Zellweger

    Ambasaderi wa Thailand mu Rwanda, Sasirit Tangulrat, yakiriwe na Perezida Kagame. Azaba afite icyicaro i Nairobi muri Kenya

    Ambasaderi wa Venezuela mu Rwanda, Jesús Agustín Manzanilla Puppo yafashe ifoto y’urwibutso ari kumwe na Perezida Kagame

    Perezida Kagame na Ambasaderi wa Djibouti mu Rwanda, Mohamed Idriss Farah, bagiranye ibiganiro byihariye

    Perezida Paul Kagame na Ambasaderi wa Djibouti mu Rwanda, Mohamed Idriss Farah bafashe ifoto y’urwibutso

    Amafoto: Village Urugwiro


  • Guhinga urumogi mu Rwanda byemewe bidasubirwaho; icyo wamenya ku mabwiriza abigenga – #rwanda #RwOT

    Iteka rya Minisitiri w’Ubuzima ryemeje bidasubirwaho umushinga wavuzwe byeruye mu Ukwakira 2020 ugamije kwemeza ikoreshwa ry’urumogi mu bikorwa bijyanye n’ubuvuzi mu Rwanda.

    Ku wa Mbere, tariki 12 Ukwakira 2020, ni bwo Inama y’Abaminisitiri yemeje amabwiriza yerekeye ihingwa, itunganywa n’iyohereza mu mahanga ry’ibimera byifashishwa mu buvuzi birimo n’urumogi.

    Icyo gihe hari hasigaye kwemeza iteka rya Minisitiri rihamya uko ubwo buhinzi buzajya bukorwa na cyane ko urumogi rusanzwe rufatwa nk’ikiyobyabwenge gikomeye mu gihugu.

    Iri teka ryasohotse ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere tariki ya 28 Kamena 2021.

    Rigena ibigo n’ahandi hantu hakorerwa ibikorwa bijyanye no guhinga, gutunganya, gukwirakwiza no gukoresha urumogi n’ibirukomokaho; itangwa ry’uburenganzira bwo guhinga, gutunganya, gukwirakwiza no gukoresha urumogi n’ibikomoka ku rumogi n’amabwiriza y’umutekano ajyanye no guhinga, gutunganya, gukwirakwiza no gukoresha urumogi n’ibikomoka ku rumogi.

    Ni bande bazemererwa uruhushya?

    Umushoramari cyangwa undi muntu wese wiyemeje gukora igikorwa cyo guhinga, gutunganya, gutumiza cyangwa kohereza mu mahanga no gukoresha urumogi n’ibikomoka ku rumogi, agamije gusa ubuvuzi cyangwa ubushakashatsi ni we uzajya ahabwa uburenganzira bwo kuruhinga.

    Uruhushya ruzajya rutangwa ni urwo guhinga, icyemezo cyo gutumiza mu mahanga imbuto, uturemangingo ndangasano n’ibindi bice by’igihingwa biterwa.

    Ikindi ni icyemezo cyo kohereza mu mahanga imbuto, uturemangingo ndangasano n’ibindi bice by’igihingwa biterwa cyo kimwe n’uruhushya rwo gutunganya urumogi n’ibikomoka ku rumogi.

    Hari kandi icyemezo cyo gutumiza mu mahanga urumogi n’ibikomoka ku rumogi; icyo kohereza mu mahanga urumogi n’ibirukomokaho; icyo kwandikisha urumogi n’ibirukomokaho byatunganyijwe cyo kimwe n’uruhushya rw’ubushakashatsi.

    Ku muntu wemerewe uruhushya rwo guhinga azaba yemerewe gukora uturemangingo ndangasano; gushyiraho pepiniyeri; guhinga no kurusarura.

    Iri teka rivuga ko uwahawe uruhushya rwo gutunganya urumogi n’ibirukomokaho yandikisha buri bwoko bw’urumogi n’ibirukomokaho byatunganyijwe neza mu rwego rubifitiye ububasha, akabiherwa icyemezo.

    Ahazahingwa urumogi hazashyirwa uburinzi

    Iri teka rigena ko umuntu uzajya wemererwa guhinga urumogi, azashyira uruzitiro rw’ibice bibiri aho ruhinze kandi hakabaho irondo rihoraho.

    Umutekano uzajya ucungwa na sosiyete yemewe itanga serivisi z’umutekano zitangwa n’abikorera, icunga umutekano wo hanze amasaha yose agize umunsi kandi mu minsi yose igize icyumweru.

    Ikindi kandi hagomba kuba hari Camera zicunga umutekano n’iminara ifasha muri icyo gikorwa. Hagomba kuba hari kandi ibimenyetso bimyasa; itumanaho rigenzurwa n’ibindi bikorwa bituma haba ahantu hacunzwe neza.

    Ibihano ku barenze ku mabwiriza

    Mu bihano biteganyijwe ku bantu barenga ku mabwiriza yashyizweho mu ihinga n’ihingwa ry’urumogi harimo kuba uruhushya uwaruhawe ashobora kurwamburwa by’agateganyo cyangwa se rugahagarikwa.

    Harimo kandi gucibwa ihazabu ku muntu wakoresheje uruhushya yahawe mu buryo bunyuranyije n’amategeko. Iyo hazabu ishobora guhera kuri miliyoni 1 Frw ikagera kuri miliyoni 50 Frw.

    Uruhushya ruzajya rutangwa, ruzaba rufite agaciro mu gihe cy’imyaka itanu hanyuma rwongere ruvugururwe.

    Uyu mushinga wari umaze igihe kinini utekerezwaho

    Iri teka ryemejwe mu 2021, ni umushinga umaze igihe kinini wigwaho neza. Amakuru IGIHE ifite ni uko mu myaka ya 2017, igihugu cyashatse kugerageza kureba uburyo urumogi rwahingwa, maze abantu bumva babifitiye ubushobozi bakandika basaba gutangiza ubwo bushabitsi mu Rwanda.

    Icyo gihe ntabwo byahise bikorwa ahubwo uwo mugambi wahise usubikwa kugira ngo bibanze binozwe, ku buryo rwazahingwa mu nzira zinyuze mu mucyo kandi zateguwe neza, zitarimo akavuyo cyangwa se abantu batabifitiye ubushobozi.

    Ibihugu bigera kuri 45 byo hirya no hino ku Isi biri mu buhinzi n’ubucuruzi bw’urumogi, muri byo harimo bitandatu byo muri Afurika aribyo Afurika y’Epfo, Ghana, Malawi, Zambia, Zimbabwe na Lesotho.

    Urumogi rukorwamo imiti myinshi yifashishwa kwa muganga cyane ko rwifitemo ikinyabutabire cyitwa cannabinoids, cyifashishwa mu gukora imiti ivura indwara zitandukanye zirimo kubabara mu ngingo igihe umuntu arwaye cyangwa se rugakoreshwa mu kurwanya iseseme cyangwa kuruka ku murwayi wa Cancer.

    Muri iyo miti hari uwitwa Sativex, ukoreshwa bapuriza mu kanwa, ndetse ukavura ububabare n’ubumuga bw’ingingo, ndetse uyu muti unakoreshwa mu kugabanyiriza ububabare abantu bakuru bazahajwe n’indwara ya cancer.

    Hari kandi umuti witwa Dronabinol / Marinol ukoreshwa mu kuvura iseseme no kuruka ku murwayi uvurwa Cancer ndetse ukanongera ubushake bwo kurya ku murwayi wa SIDA, uyu muti unakoreshwa ugabanya uburibwe bwo mu ngingo.

    Kanda hano usome iri teka

    Mu bindi bihugu, imirima ihingwamo urumogi ni uku iba iteye

    Izindi nkuru wasoma:

    U Rwanda rwinjiye mu bucuruzi bw’urumogi; Isoko ryarwo mpuzamahanga ryifashe rite?

    Hasobanuwe amabwiriza akaze azagenga ihingwa ry’ibimera by’ubuvuzi mu Rwanda birimo urumogi


  • MINEDUC ntibuza amashuri gukorana na kompanyi z’ikoranabuhanga – Bella Rwigamba #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Bella Rwigamba-MINEDUC
    Bella Rwigamba-MINEDUC

    Yabitangaje kuri uyu wa Mbere tariki 28 Kamena 2021, ubwo yari mu kiganiro cya ‘Ed Tech Monday’ cyatambutse kuri KT Radio.

    Rwigamba avuga ko kugira ngo ikigo cy’ikoranabuhanga kibone uburenganzira bwo gukorana n’ibigo by’amashuri, bidasaba kwaka uruhushya Minisiteri y’Uburezi.

    Ati “Hari Education Technology Company zikora applications na Softwares zifasha abanyeshuri atari gusa kwiga ikoranabuhanga ahubwo n’ibindi bisanzwe. Ayo makompanyi ajya ku ishuri akabereka ibyo bashobora kuba babaha byabafasha noneho amashuri akagira uko yumvikana na yo, babyemera bakabishyira mu mashuri yabo”.

    Rwigamba avuga ko urwego rwa Minisiteri rutajya ruhitamo kompanyi y’ikoranabuhanga runaka ngo ibe ari yo ikorana n’amashuri ariko ngo hari igihe bashobora gufasha amashuri mu guhitamo abo bakorana mu gihe bikenewe.

    Icyo gihe ngo baba bashaka kureba ko application kompanyi igiye gutanga ijyanye n’ibyo bashaka kugeraho mu bijyanye n’uburezi ariko bitayibuza gukorana n’amashuri.

    Avuga kandi ko Minisiteri na yo ubwayo itegura amasomo y’ikoranabuhanga ashingiye ku nteganyanyigisho ikabishyira kuri porogaramu ya E-Learning.

    Umuyobozi wa Nyereka Co Ltd, Shadrach Munyeshyaka, avuga ko batangiye kugirana amasezerano n’ibigo by’amashuri kandi bidasabye ko banyura kuri Minisiteri y’Uburezi.

    Shadrach Munyeshyaka
    Shadrach Munyeshyaka

    Avuga kandi ko banafasha amashuri makuru ku bijyanye n’imyigire yabo ndetse n’amashuri yisumbuye aho bahugura abanyeshuri.

    Agira ati “Hari abo dufasha kwiga binyuze mu yakure ku mbuga zibigisha batavuye aho bari, ariko nyuma bazajya ku kicaro cya Nyereka mu rwego rwo gushyira mu bikorwa ibyo bize”.

    Akomeza avuga ko inyigisho zabo zimwe zitangirwa ubuntu ariko hakaba n’izishyurwa ariko ku kiguzi gito.


  • Padiri Amerika asanga kudashaka utarihaye Imana ari ubugwari #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Padiri Amerika yasohoye ibitabo 4 birimo amabanga yo kubaka rugakomera
    Padiri Amerika yasohoye ibitabo 4 birimo amabanga yo kubaka rugakomera

    Ubwo yari mu kiganiro cya Buracyeye cya KT Radio, yatangaje ko kuba umusore cyangwa umukobwa yahitamo kudashaka ari uburenganzira bwe mu gihe yakwiyemeza kudakora ibyaha cyangwa ngo agire izindi ngaruka kuri we, ariko agasanga ari nka ya tarenta yatanzwe ntigire umumaro.

    Yagize ati “Muri bibiriya hari aho bavuga umuntu wahawe itarenta akananirwa kuyibyaza umusaruro, ntaho ataniye n’umusore cyangwa umukobwa wiyemeza kudashaka atarihaye Imana kandi atarwaye, gusa abyiyemeje akabigeraho adaca ku ruhande ntacyo byaba bitwaye gusa ni nk’ubugwari”.

    Padiri Amerika avuga ko Imana yaremye abantu ngo bororoke bityo ko umuntu wese ufite ayo amahirwe adakwiye kureka gufatanya n’Imana kurema uretse wenda abafite uburwayi butatuma bashaka.

    Yagize ati “Uretse abihaye Imana bizwi ko batabyara ku mpamvu z’umuhamagaro w’Imana, ubundi abandi bakwiye kuba bashaka kuko abantu bakeneye no kororoka”.

    Padiri Amerika aherutse gusohora ibitabo bine bikurikira ibindi yari yaramuritse agamije gufasha umuryango gukomeza kwiyubaka.

    Ibi bitabo bine ni “ni wewe” yacyanditse agira inama abitegura gushakana, “Ibanga riramba” ni igitabo yanditse abwira abashakanye kubakira ingo zabo ku Mana, “Iwacu mu rugo” aho yabwiraga abashakanye kumenya kuganira mu rugo ndetse na “Urugendo dufatanyije” akaba avugamo uko umuryango wabaho utekanye.

    Ibyo bije bikurikira ibindi bitabo nka “Urarwubake cyane” na “Bazabamenyera ku mbuto mwera”.