Tag: featured

  • Burna Boy akomeje kwanikira abandi bahanzi mu bihembo mpuzamahanga #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Burna Boy amaze kwerekana ko ari igihangange mu muziki wa Afurika
    Burna Boy amaze kwerekana ko ari igihangange mu muziki wa Afurika

    Ibaye inshuro ya gatatu yikurikiranya Burna Boy yegukana kimwe muri ibi bihembo bitangwa buri mwaka. Zimwe mu mpamvu zituma akomeje guhigika abandi ni uko ari umwe mu bahanzi bamaze kwigarurira abakunzi benshi ku isi, akaba umwe mu bakoze albums zakunzwe cyane, ndetse akaba yaranagurishije cyane ku isoko mpuzamahanga.

    Si ibyo gusa kuko n’akanama nkemurampaka gahitamo umuhanzi werekanye ubuhanga kurusha abandi, hakiyongeraho n’amajwi y’abafana.

    Mu kwezi kwa Werurwe 2021 Burna Boy yatwaye igihembo cya zahabu n’ishyirahamwe rikomeye ry’abanyamuziki bo muri Amerika rizwi nka RIAA (Recording Industry Association of America). Iki gihembo gihabwa umunyamuziki wakoze akanagurisha indirimbo nyinshi wenyine.

    N’ubwo Diamond Platnumz yatsinzwe agataha amara masa, yashimiwe cyane n’Abanyatanzaniya kubera ko yitabiriye itangwa ry’ibi bihembo yambaye kinyafurika afite ingabo n’icumu.

    Diamond yihanganishije abafana be, abizeza ko n’ubwo atahawe igihembo kuri iyi nshuro, azagitwara ubutaha.
    Yagize ati “Ni ishema kubona Tanzania ivugwa mu bihugu bifite abahanzi beza ku isi, ni ikintu cyo gushima Imana….Nizeye ko ikindi gihe igihembo tuzagitwara kandi mfite icyizere ejo n’ejobundi hari undi muhanzi uzahagararira neza igihugu.”

    BET Awards ni ibihembo bitangwa na televiziyo ikomeye ku isi iba muri Amerika yitwa Black Entertainment Television Network. Uyu mwaka umuhango wo gutanga ibyo bihembo wabereye i Los angeles muri Microsoft Theater bikaba bihabwa abirabura barushije abandi mu bikorwa bya muzika, filime, ibiganiro bya televiziyo n’imikino.


  • Amajyaruguru: PSF yatangije ubukangurambaga bwo gukebura abacuruzi batubahiriza amabwiriza yo kwirinda Covid-19 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Bamwe mu bacuruzi berekana uko kandagira ukarabe zikoreshwa
    Bamwe mu bacuruzi berekana uko kandagira ukarabe zikoreshwa

    Mu gikorwa cyo gutangiza ubwo bukangurambaga, cyabereye mu Murenge wa Busogo mu Karere ka Musanse ku wa Mbere tariki 28 Kamena 2021, cyaranzwe no kugenzura uko abacururiza muri santere ya Byangabo, bubahiriza amabwiriza yo kwirinda Covid-19 cyo kimwe n’ababagana.

    Abakoraga ubugenzuzi biganjemo abayobozi, binjiraga muri buri duka, batunguwe no gusanga ayo mabwiriza hari benshi batayubahiriza. Amaduka menshi bagiye basanga atagira kandagira ukarabe n’iziyafite ba nyirayo badaheruka kuzishyiramo amazi n’isabuni, ngo bifashe abahagana kuhinjira babanje kwisukura intoki.

    Umwe mu bagaragaye yemerera abakiriya ko binjira mu iduka rye batabanje gukaraba intoki, n’uwo mucuruzi ubwe atambaye neza agapfukamunwa, yewe na kandagira ukarabe ibitse mu iduka idakoreshwa.

    Yagize ati “Narimo ndwana no gukinga iduka bwangu, kuko hari umuntu musanze nari ngiye kureba dufitanye gahunda. Ni yo mpamvu buriya n’agapfukamunwa kamanutse munsi y’akananwa, kakava mu mwanya wako, musanze koko nari nkambaye nabi!”

    Mu bugenzuzi bwakorewe mu maduka y
    Mu bugenzuzi bwakorewe mu maduka y’ubucuruzi, 85% byagaragaye ko batubahiriza amabwiriza y’ubwirinzi

    Asabwe kwerekana kandagira ukarabe y’iduka rye uko ikoreshwa, uyu mucuruzi byamutwaye umwanya utari munsi y’iminota itanu arwana na yo, yamunaniye gufunguka, kandi bigaragara ko ifite ivumbi nk’aho atanaheruka kuyikorsha.

    Ati “Mu bigaragara kandagira ukarabe ubwo nayibikaga ejobundi yarakoraga. Ariko ndabona ntari kumenya impamvu inaniranye mu buryo butunguranye. Buriya biransaba kuyijyana bongere bayikanike. Ndabikoraho bwangu”.

    Mu maduka y’ubucuruzi abarizwa muri santere ya Byangabo, yose abo bayobozi bakoreyemo igenzura, 85% by’abayakoreramo ntibari bubahirije ibisabwa mu kwirinda Covid-9, n’abagerageje kubikora, bwari mu uryo bwa nyirarureshywa; ku buryo hari n’abacuruzi babonye abo bayobozi bahageze, mu kwikeka amababa bahitamo gukinga imiryango y’amaduka, bakizwa n’amaguru.

    Ikibazo cy’abarenga ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19, bagaragara mu masantere y’ubucuruzi n’amasoko, kimaze iminsi gihangayikishije inzego zitandukanye, ari na yo mpamvu Urugaga rw’Abikorera mu Ntara y’Amajyaruguru, rwatangije ubukangurambaga bugamije gukebura abacuruzi n’ababagana.

    Umuyobozi ukuriye PSF mu Ntara y’Amajyaruguru, Mukanyarwaya Donatha, yagize ati: “Biragaragara ko hari abacuruzi barimo kudohoka ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19. Hamwe usanga kandagira ukarabe zidaheruka amazi n’isabuni. Hari n’amaduka n’amaresitora amwe n’amwe bigaragaramo umwanda, ukabona ko uretse no kwandura Covid-19 hari n’ibyago byinshi byo kuba abahagana bakwandura n’izindi ndwara. Ni yo mpamvu twashyizeho abakangurambaga b’Imboni za PSF, bagiye kudufasha iduka ku rindi, kujya bahwitura abacuruzi n’ababagana, kugira ngo bifashe abantu kwikebuka”.

    Mukanyarwaya Donatha ukuriye Urugaga rw
    Mukanyarwaya Donatha ukuriye Urugaga rw’Abikorera mu Ntara y’Amajyaruguru

    Uyu muyobozi yibukije abikorera kutajenjekera iki cyorezo gikomeje gukoma mu nkokora ibikorwa bitandukanye n’iby’abikorera bidasigaye.

    Ati “Abikorera murabizi neza ko iki cyorezo cyadukomye mu nkokora, twisanga mu bihombo bikabije, na n’iyi saha tukibaza uko tuzabyigobotora. None se ko ndeba hari naa bamwe mu bikorera bareberera iki cyorezo kikaba gikomeje kudushegesha, aho na twa tundi ducye twari dusigaranye, ntituyoyoka tutureba? Birasaba kugihagurukira nta n’umwe usigaye”.

    Yongeye ati “Hari abagiye batubona bakinga imiryango. Corona ntawe uyikingirana, kandi nta n’uwiruka ngo ayisige; yewe nta n’aho wayihungira hatari mu kuyirwanya abantu bivuye inyuma kandi bashyizemo umwete, kugeza ubwo izaranduka burundu”.

    Umukuru w’Intara y’Amajyaruguru, Dancille Nyirarugero, yibukije abaturage ko uburyo iki cyorezo gikomeje gukwirakwira kandi gihitana abantu, bihangayikishije. Bityo abasaba kwitwararika, by’umwihariko abacuruzi, kugira ngo batazisanga cyafashe indi ntera, yatuma hafatwa izindi ngamba, ziganisha no muri gahunda ya Guma mu rugo.

    Yagize ati “Icyo mbasaba ni uko mukurikiza ingamba zo kwirinda iki cyorezo mudakorera ku ijisho, ngo mujyeho mucunganwe n’uko agapfukamunwa mukambara neza ari uko ubuyobozi bubareba. Ko muhana intera hagati yanyu cyangwa mwirinze ingendo zitemewe kuko ubuyobozi bubareba. Ndagira ngo mbibutse ko ibyo bidakwiye.kwirinda Covid-9 mukwiye kumva ko atari urugamba duhuriyeho twese. Tubigize ibyacu, twagitsinda vuba, tugasubira mu buzima twahozemo”.

    Abazakora ubwo bukangurambaga bazajya bagaragara muri iyi myambaro
    Abazakora ubwo bukangurambaga bazajya bagaragara muri iyi myambaro

    Ubukangurambaga bugiye gukorwa n’Imboni za PSF mu kurwanya Covid-19 buzamara iminsi 15. Aho zigiye kujya zizenguruka mu ma Centre akomeye yo mu mirenge intandukanye mu Ntara y’Amajyaruguru, zireba niba ingamba zo gukumira Covid-9 zubahirizwa mu maduka no mu masoko.


  • Amajyepfo: Imiryango 241 y’abarokotse Jenoside yubakiwe amacumbi mu mwaka umwe(Amafoto) – #rwanda #RwOT

    Iyo miryango yubakiwe nyuma y’uko bigaragaraye ko hari abadafite aho kuba hashimishije abandi bakaba basembera, bituma uturere tubishyira mu igenamigambi ryatwo ndetse bisabirwa n’ingengo y’imari.

    Yose yubakiwe muri uyu mwaka w’imihigo wa 2020/2021. Mu Karere ka Huye hubatswe imidugudu yatujwemo imiryango 64 irimo 56 y’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi. Ni inzu zubatswe mu buryo bw’ebyiri muri imwe zifite agaciro k’agera kuri miliyoni 813 Frw.

    Mu karere ka Nyamagabe hubakiwe imiryango 36, inzu zose zitwara amafaranga asaga miliyoni 599 muri Nyaruguru hubakirwa imiryango 17 mu nzu zatwaye hafi miliyoni 250 z’amafaranga y’u Rwanda.

    Mu Karere ka Gisagara imiryango 26 ni yo yubakiwe inzu mu midugudu inyuranye zatwaye asaga miliyoni 282 Frw naho mu Karere ka Nyanza hubakirwa imiryango 35 inzu zatwaye hafi miliyoni 466 Frw.

    Mu karere ka Ruhango hubatswe inzu zahawe imiryango 12 hamwe n’ibikoresho byo mu nzu, byose bitwara miliyoni 130 Frw.

    Mu Karere ka Muhanga hubakiwe imiryango 19 inzu zitwara asaga miliyoni 220 Frw. Hubatswe n’umudugudu w’icyitegererezo wa Cyankeri mu Murenge wa Kabacuzi watwaye asanga miliyoni 119 Frw naho mu Karere ka Kamonyi hubakiwe imiryango 40 mu mirenge itandukanye, inzu zatwaye asaga miliyoni 404 Frw.

    Izo nzu zagiye zubakwa mu buryo bw’ebyiri muri imwe kandi buri muryango uhabwa inzu ifite ubwiherero n’igikoni kandi hari n’ibigega bifata amazi. Abazitujwemo bahawe ibikoresho by’ibanze byo mu rugo birimo intebe n’ibitanda biriho matola ndetse banahabwa ibikoresho byo mu gikoni n’ibyo ku meza.

    Abagize iyo miryango yahawe inzu bavuga ko nubwo bari bamaze igihe kinini batagira aho kuba heza, bishimira kuba Leta itabatereranye ikaba yarabashakiye aho kuba heza habafasha gutuza no gutekereza neza.

    Kayitesi Denyse uri mu bahawe inzu mu Mudugudu wa Mbuye mu Karere ka Nyanza, yavuze ko ibyishimo afite atabona uko abivuga kuko bimeze nk’ibonekerwa.

    Ati “Twishimye, twarize rwose dufite ibyishimo byinshi. Ndashimira Leta yacu ariko by’umwihariko ndashimira Nyakubahwa Perezida wacu Paul Kagame ko yabonye ko nkwiriye kuva mu bwigunge nkagira aho kuba heza nka hano.”

    Mukarurinda Patricie wo mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Huye, avuga ko inzu yari yarubakiwe mu 1999 yashaje bituma ajya gucumbika mu Burasirazuba aho yacaga inshuro kugira ngo abone amafaranga y’ubukode.

    Ati “I Kibungo nagiyeyo mu 2017 mu kwezi kwa Cyenda, ni uko mu kwa mbere numva ngo batangiye kutwubakira, ejobundi numva umuyobozi w’umurenge arampamagaye ngo nze gutombora inzu.”

    Abatujwe mu Mudugudu wa Mbari uherereye mu Karere ka Kamonyi, nabo bavuga ko imibereho yabo yahindutse.

    Gatera Adrien yagize ati “Nari mbayeho nabi ncumbitse mu nzu yenda kungwaho. Bampaye inzu nziza irimo n’ibikoresho byose, ku buryo ubu mbayeho neza n’abana banjye.”

    Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Kayitesi Alice, asaba abahawe inzu bose kuzifata neza no kurushaho gutekereza byagutse icyo bakora kibateza imbere.

    Ati “Iterambere ry’igihugu cyacu twese tugomba kurihuriraho kandi tugatera imbere twese nta wusigaye inyuma, rero turabasaba kujya mufata neza ibikorwa mugezwaho no kubibungabunga nk’ibyanyu, guharanira ko bitakwangirika ariko kandi mukabibyaza umusaruro.”

    “Uwajyaga abyuka ajya gushaka aho akorera amafaranga ngo yishyure inzu, icyo gikorwa kindi yaheragaho nagihereho yiteze imbere kurushaho kandi birashoboka. Turashaka ko mutekereza byagutse tugatera intambwe igana imbere.”

    Usibye iyi miryango yubakiwe hatanzwe isoko, hari n’abandi barokotse Jenoside bubakirwa muri gahunda y’umuganda cyangwa bakaba bafite ubushobozi bakiyubakira ubuyobozi bukabaha amabati.

    Abarokotse Jenoside mu Karere ka Huye bishimiye inzu bahawe bavuga ko bazazifata neza

    Imwe mu miryango y’abarokotse Jenoside yubakiwe mu mirenge itandukanye y’Akarere ka Kamonyi muri uyu mwaka w’imihigo

    Izi nzu zubatswe muri uyu mwaka hagamijwe gufasha abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi gutura heza no kubaho neza

    Mu Karere ka Gisagara imiryango 26 ni yo yubakiwe inzu

    Muri uyu mwaka mu Karere ka Nyanza hubakiwe imiryango 35 y’Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi

    Zimwe mu nzu zubakiwe abarokotse Jenosida yakorewe Abatutsi mu Karere ka Nyamagabe

    Guverineri Kayitesi asaba abahawe inzu zo kubamo bose kuzifata neza no kurushaho gutekereza byagutse icyo bakora kibateza imbere

    Guverineri Kayitesi asaba abahawe inzu zo kubamo bose kuzifata neza no kurushaho gutekereza byagutse icyo bakora kibateza imbere

    Gatera Adrien wo mu Karere ka Kamonyi yishimira ko yahawe inzu nziza yo kubamo

    Ibyishimo ku miryango y’abarokotse Jenoside mu Karere ka Nyanza yahawe inzu zo kubamo

    Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Kayitesi Alice, asaba abahawe inzu zo kubamo bose kuzifata neza no kurushaho gutekereza byagutse icyo bakora kibateza imbere

    [email protected]


  • Rusizi: Umwarimu yafashwe asambana n’umunyeshuri yigisha – #rwanda #RwOT

    Bivugwa ko yabikoze kugira ngo azamuhe amanota meza mu isomo yigisha.

    Uyu mwarimu yaguwe gitumo arimo gusambanya uwo munyeshuri mu gihuru mu Murenge wa Kamembe, bikaba byarabaye mu ijoro ryo ku wa Gatanu tariki ya 25 Kamena 2021.

    Amakuru agera kuri IGIHE, avuga ko uyu mwarimu yafashwe na se w’umukobwa, wabonye umwana we asohotse mu rugo ntamushire amakenga akamukurikira.

    Uyu mwarimu wigisha imibare mu cyiciro rusange cy’amashuri yisumbuye, kuri ubu afungiye kuri sitasiyo ya RIB ya Kamembe.

    Umuvugizi w’umusigire w’Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) Dr. Murangira B. Thierry, yabwiye IGIHE ko uyu mwarimu koko afunzwe akekwaho gusambanya umunyeshuri yigisha.

    Ati “ Nibyo arafunzwe. Yasambanyije umunyeshuri we avuga ko azamuha amanota ariko uwo munyeshuri arengeje imyaka 18, ari mu myaka y’ubukure. Igihano aba agomba guhanishwa kibarirwa mu byo bita ishimishamubiri.”

    Igitabo cy’amategeko agena ibyaha n’ibihano mu Rwanda kivuga ko uhamwe n’icyaha cy’ishimishamubiri iyo abihamijwe n’urukiko ahanishwa igifungo kiri hagati y’imyaka itanu n’irindwi, n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda ari hagati ya miliyoni imwe na miliyoni ebyiri.

    Ifoto igaragaza umujyi wa Kamembe muri Rusizi

  • Amajyaruguru: PSF n’Intara mu rugamba rwo kurwanya Covid-19 yakajije umurego – #rwanda #RwOT

    Muri ubu bukangurambaga buzibanda ku bacuruzi bakorera muri santere ziteye imbere bugere no kubabagana, hifashishijwe urubyiruko rw’abakorerabushake ba PSF bazakorera mu mirenge yose igize iyo Ntara bakangurira abacuruzi n’ababagana kurushaho kwitwararika no kubahiriza amabwiriza yo kwirinda Covid-19 kuko ariyo ntwaro yo kuyirandura muri iyi Ntara ikurikiye Umujyi wa Kigali mu kugira abanduye benshi muri iyi minsi.

    Ubwo hasurwaga Santere ya Byangabo yo mu Murenge wa Busogo iza ku isonga mu kugira abanduye benshi mu Ntara y’Amajyaruguru, Umuyobozi w’iyi Ntara Nyirarugero Dancille, yasabye abacuruzi kutirara na gato ahubwo bakarushaho gukomeza kubahiriza amabwiriza yo kwirinda Covid-19 ndetse bagafasha n’ababagana kuyubahiriza.

    Yagize ati” Murabyumva ko ku isi hose Covid-19 ihangayikishije, muri iyi Ntara uyu Murenge wa Busogo ni wo uza imbere, iryo si ishema kuko nta gihembo dutegerejemo. Mwibaze icyatumye tugaruka muri Guma mu Karere, ejo tudafashe ingamba twakwisanga muri Guma mu Rugo. Igisubizo cya Covid-19 nta handi kiri, ni twe tugifite”

    “Abacuruzi muzi neza kurusha abandi igihombo mwagiriye muri Guma mu Rugo, mugomba kubahiriza amabwiriza ndetse mukabikangurira n’ababagana mukarushaho kubahiriza ingamba zashyizweho abazirenzeho nkana bagahanwa.”

    Umuyobozi w’Urugaga rw’Abikorera (PSF) mu Ntara y’Amajyaruguru, Mukanyarwaya Donatha, yasabye abacuruzi kutadohoka mu kubahiriza amabwiriza kandi ko batazakomeza kurebera ku bayarengaho ahubwo bazajya babahana.

    Yagize ati “Twatangiye ubukangurambaga bwimbitse bwo kurwanya Covid-19 kuko ikomeje kwiyongera muri iyi Ntara, twasanze umubare munini batubahiriza amabwiriza yashyizweho, twakwiye kuba tuza hano twishimira ko iyi Santere ya Byangabo yateye imbere ariko si cyo cyatuzanye.”

    “Tugiye kwita ku ma santere akomeye ku buryo abacuruzi bazageraho akaba ari bo babigira ibyabo babyigishe n’ababagana kuko iki cyorezo gikomeje, yego abacuruzi nibo bahomba barabizi ubwo twari muri Guma mu rugo ari yo mpamvu tutifuza gusubirayo kubera uburangare, abatazubahiriza amabwiriza yatanzwe bo tuzabahana.”

    Bamwe mu bacuruzi n’abakorerabushake bazafatanya mu kwigisha no kugenzura niba amabwiriza yuvahirizwa, bemeza ko nibakomeza gufatanya nta kabuza bazagabanya ndetse bakanarandura ubwiyongere bw’iki cyorezo muri iyo Ntara.

    Ingabire Kevine ni umwe mu rubyiruko rw’abakorerabushake ba PSF biswe Imboni, yagize ati “Uru rugamba uko tugiye kururwana ni ukwigisha abacuruzi n’ababagana ku buryo bagomba kubahiriza amabwiriza yo kwirinda Covid-19, ariko n’abazayarengaho nkana hari ibihano bibateganyirijwe bazahabwa ariko nidufatanya tuzatsinda iki cyorezo.”

    Mukamuhire Emerance, umucuruzi muri Santere ya Byangabo, yagize ati” Usanga hari igihe abacuruzi twirara mu kubahiriza amabwiriza yo kwirinda Covid-19, ntitugenzure ubukarabiro cyangwa n’abatugana ntibubahirize amabwiriza ngo bari kwihuta ariko tugiye kurushaho kubyubahiriza kuko ibihe turimo birakomeye, ni urugamba mu rundi kandi tuzarutsinda.”

    Muri iyi gahunda y’ubukangurambaga buzamara ibyumweru bibiri, PSF izakoresha abakorerabushake 178 mu mirenge 89 yose igize Intara y’Amajyaruguru bwibanda ku bakora ubucuruzi n’ababagana ngo bubahirize amabwiriza yo kwirinda Covid-19.

    Umurenge wa Busogo bwatangirijwemo ni wo uza imbere mu Ntara y’Amajyaruguru mu kugira umubare munini w’abanduye Covid-19 kuko kugeza ku wa 27 Kamena 2021 wari umaze kugeza ku barwayi 234 kuva iki cyorezo cyagera mu Rwanda muri Werurwe 202 muri bo 170 bari bakiri kwitabwaho.

    Kuva tariki 14 kugeza ku wa 28 Kamena 2021,mu Ntara y’Amajyaruguru abantu bagera ku 1,878 bari bamaze kugaragaraho ubwandu bwa Covid-19.

    Ubukangurambaga bwo kurwanya Covid-19 mu ku bufatanye bw’Intara y’Amajyaruguru na PSF bwatangirijwe muri santere ya Byangabo

    Abayobozi batandukanye ubwo basuraga Santere ya Byangabo yo mu Murenge wa Busogo iza ku isonga mu kugira abanduye benshi mu Ntara y’Amajyaruguru

    Muri iyi gahunda PSF izakoresha abakorerabushake bazajya bakurikirana uko abacuruzi n’ababagana bubahiriza amabwiriza yo kurwanya covid-19

  • Gicumbi: Barinubira igihe bamaze badahabwa ibyangombwa by’ubutaka baguze – #rwanda #RwOT

    Abavuga ibi, ni abaguze ubutaka mu mpera z’umwaka wa 2020 ndetse no mu ntangiriro za 2021.

    Kayitesi Angelique yavuze ko bamaze amezi atandatu bakoresheje ihererekanya ry’ubutaka n’abo babuguze nabo ( Mutation), ariko ko bagitegereje icyangombwa batazi n’igihe bazakibonera bikabatera impungenge z’uko hari igihe bitinda bikabyara amakimbirane mu miryango yabaviramo no kubura ubutaka bwabo kandi baba barabwishyuye ku neza.

    Yagize ati “Twaguze isambu ya miliyoni dukoresha ihererekanya ry’ubutaka ku mukozi ushinzwe ubutaka ku murenge mu ntangiriro z’ukwezi kwa kabiri ariko ntabwo turabona ibyangombwa. Kuba waraguze ariko nta cyangombwa ufite bitugiraho ingaruka zo kuba tutari kububyaza umusaruro uko bikwiye nko kubufatiraho inguzanyo no kubaka ndetse bishobora no guteza impaka mu miryango. Turifuza ko badufasha tugahabwa ibyangombwa kuko ibyo dusabwa twarabikoze byose”.

    Tuyishime Jean Baptiste wo mu Murenge wa Muko na we yagize ati “Twaramenyekanishije ndetse turanishyura dukora n’ihererekanya ry’ubutaka turi ku murenge turabyohereza ku Karere ariko ibyangombwa ntibyari byasohoka, hashize amezi atatu. Ubundi mbere ntibyarenzaga iminsi 15, iyo tubajije baratubwira ngo dutegereze ntibyari byaza. Turifuza ko batanga serivisi zihuta natwe tukabona ibyangombwa byacu.”

    Umuyobozi w’Akarere ka Gicumbi, Ndayambaje Felix yemeye koko ko serivisi yo mu butaka imaze iminsi idindiye cyane kubera ko umukozi wakoragamo yari mu kiruhuko kuko yari yarabyaye noneho ubusabe bukababana bwinshi ariko ko ubu iki kibazo cyabonewe igisubizo kuko uyu mukozi yagarutse.

    Yagize ati “Umukozi wo ku Karere yari mu kiruhuko yarabye noneho n’uhasigaye ubusabe bumubana bwinshi ku buryo dosiye zari nyinshi cyane. Icyo twakoze nk’Akarere, twafashe abakozi batanu bashinzwe ubutaka mu mirenge baza kudufasha bamaze icyumweruu. Turizeza abaturage ko mu cyumweru tugiye gutangira iki kibazo kiraba cyakemutse bagahabwa ibyangombwa byabo”.

    Ubusanzwe mu Karere ka Gicumbi uwifuza guhererekanya ubutaka n’undi babisabira mu mirenge. Iyo bujuje ibisabwa ibyangombwa biboneka mu minsi 15 nyuma y’ubusabe.

    Ibiro by’Akarere ka Gicumbi mu ntara y’Amajyaruguru

  • Umukirisitu ufana Rayon, umunyonzi wakoreye ifaranga ku myaka 15; ibitangaje kuri Habarugira uyobora Cogebanque (video) – #rwanda #RwOT

    Habarugira ni umugabo ufite inararibonye ry’imyaka 14 mu buyobozi bukuru bw’ibigo by’imari ku Mugabane w’i Burayi, akaba umugabo wirwanyeho kuva mu bwana kugeza akuze, aho yanyuze mu buzima burimo amakosa nk’uko bigendekera urundi rubyiruko, ariko bukabamo n’amasomo n’amahame yatumye yizerwa mu kuyobora kimwe mu bigo by’imari bikomeye mu Rwanda.

    Ku ivuko rya Habarugira ni mu muryango wifashije udakize bya Mirenge, wamureze umutoza gukunda ishuri no gusenga, abamuzi mu Basaveri bakamwibukira ku muhate yagiraga mu bikorwa byo gufasha abatishoboye, aho yari afite imiryango itatu ashinzwe kwitaho buri munsi, akayisura akanayivomera amazi, ubundi akajyana na bagenzi guha umubyizi abakene, ibikorwa avuga ko byamuremyemo ubushake bwo gufasha abantu, akishimira ko bijyanye n’inshingano nshya yahawe muri Cogebanque.

    Mu ishuri, Habarugira yari umwana ushabutse utsinda neza, agakunda amasomo ya siyansi no gusoma ibitabo, akanga umugayo n’ubukene ku buryo ku myaka 15, yigiriye inama yo kwegura igare atangira kuzenguruka umujyi wose acuruza imigati, akabikora nta gahato kuko mu rugo hari ibyangombwa byose yakenera ariko ‘akiyumvamo inshingano zo gutangira gukora hakiri kare’.

    Yagize ati “Nabaye umuntu ukunda gukora kuva kera, nta kintu ntavuze ko nakora, ndibuka ko ndi umwana mfite imyaka 15, nacuruje umugati ku igare, kandi nta tegeko nari mfite ryo kubikora n’amafaranga nakuragamo ntabwo twayahahagamo mu rugo ariko nkumva bigayitse cyane ko mama yaba yagiye gukora nkirirwa mu rugo.”

    Amashuri abanza Habarugira yayigiye ku ishuri rya APAPER, ayisumbuye ayakomereza St André i Nyamirambo, nyuma ya Jenoside akomereza muri APACOPE, mbere yo kubona buruse akajya kwiga muri Kaminuza y’u Rwanda i Butare mu bijyanye n’imikorere y’amabanki.

    Mu 2005, Habarugira yakomereje amasomo ye muri Université Clermont Auvergne (UCA) yo mu Bufaransa, ahakura impamyabumenyi y’Icyiciro cya Gatatu mu bijyanye n’Iterambere Mpuzamahanga no Gutegura Imishinga yabonye mu 2006, ndetse n’indi yo mu bijyanye na siyansi yabonye mu 2007, mbere y’uko akomereza muri Kaminuza ya Vienna muri Autriche, aho yize iby’ubukungu.

    Nubwo yakoraga mu mahanga, Habarugira yakomeje gukurikira amakuru y’u Rwanda ndetse akagira inyota yo gutanga umusanzu mu iterambere ryarwo yabonaga, ku buryo igihe bamusabaga kuyobora Cogebanque, “Byari nko korosora uwabyukaga.”

    Yagize ati “Narishimye cyane, ni nk’uko borosoye uwabyukaga. Byarantunguye kuko numvaga nzataha ariko ibyo bimara imyaka, wajya kubona ukabona baragutekereje, utari unazi ko bagutekereza, byerekana ko iyi Leta ikurikirana Abanyarwanda bari hanze.”

    Imyitwarire myiza ni ishingiro rya byose

    Nubwo Habarugira amaze kugera kuri byinshi, urugendo rwe ntirwari nta makemwa ariko rwakomeje kugenda neza bitewe no kwiga kugira imyitwarire myiza (discipline).

    Yagize ati “Njya nibuka, hari ibintu bimwe na bimwe ntagiye ngiramo imyitwarire myiza. Nkaba mbona ko ibintu byo ku ruhande atari byo byigeze binkoma mu nkokora igihe cyose ntagize imyitwarire myiza… [uretse ko imyitwarire myiza] ari ikintu namaze kuzana mu nshingano zanjye.”

    Umuyobozi Mukuru wa Cogebanque, Habarugira Ngamije Guillaume, yatangiye izi nshingano mu mpera za Mata

    Uretse kwitwararika, Habarugira yanafashijwe no kugisha abantu inama, akabisobanura nk’intambwe y’ingenzi yafasha urubyiruko rwifuza kuzagira iterambere rirambye.

    Yagize ati “Gisha inama, kandi ugishe inama kuko uzi icyo ushaka. Ikindi ni ugucisha macye, iyo ucishije macye abantu babona uko bakugira inama.”

    Uyu muyobozi yavuze ko urubyiruko rw’ubu rufite amahirwe y’iterambere akomeye cyane kuko rufite igihugu kirwitayeho mu buryo bukomeye, avuga ko rudakwiye kuyapfusha ubusa, ahubwo rukwiye kuyakoresha rutegura ejo hazaza.

    Yagize ati “Urubyiruko rukwiye kwiga ikintu cyo kumva ko ibintu bikureba, cyane cyane niba uri muto ukaba ufite amahirwe yo kugira umuryango ukureberera, witakaza umwanya wawe, fata inshingano wige kwibeshaho nta gihunga ufite.”

    Umwihariko w’isura y’u Rwanda mu mahanga

    Mu 2000, iyo washakaga amashusho y’u Rwanda kuri murandasi, wabonaga ayiganjemo imirambo, impunzi n’abantu bakennye, bafite ibikomere n’ibindi nk’ibyo biteye ubwoba, kugeza ubwo n’Abanyarwanda bajyaga mu mahanga icyo gihe, bagorwaga no guhora bisobanura ku marorerwa ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

    Kuri ubu, iyo wanditse ijambo ‘Rwanda’ muri Google, ubona amafoto ya Kigali Convention Center, ay’inyubako z’ubucuruzi ziri mu Mujyi n’andi ya za pariki n’amahoteli meza agutera amatsiko yo gusura ahantu heza gutyo.

    Ubwo Habarugira yageraga mu Burayi, kimwe mu bibazo yabajijweho amakuru menshi ni Jenoside yakorewe Abatutsi, kuko ari cyo u Rwanda rwari ruzwiho. Nyuma y’imyaka 27, ubu imvugo yarahindutse, kuko abantu batagitangarira Abanyarwanda bitewe na Jenoside, ahubwo babatangarira bitewe n’uburyo barenze ayo mateka mabi bakubaka kimwe mu bihugu bitekanye ku Mugabane wa Afurika, bifite isuku, bitarangwamo ruswa kandi bigatera imbere ku muvuduko udasanzwe.

    Habarugira wabonye izo mpinduka zose kuva mu 2005 kugera ubu, avuga ko iyo Umunyarwanda ageze hanze, “Abantu baba bashaka kumva impamvu muri umwihariko [bibaza bati] kuki mufite umwihariko, kuki mudasanzwe?”

    Yasobanuye ko izi mpinduka zitaje nk’impanuka ahubwo ko zatewe n’ubuyobozi bwiza. Ati “Iterambere ryacu ntabwo ryabaye ku bw’amahirwe gusa, si ibintu byaje gutyo, [icy’ingenzi] ni ukumva impamvu y’iryo terambere… muri iki gihugu dufite ubuyobozi bwiza bureberera abaturage kandi bugatanga amahirwe ku bantu bose.”

    Ubwo yari akiri mu Burayi, imiterere y’akazi ka Habarugira yatumye akora ingendo mu bihugu byinshi bya Afurika, bigera kuri 24, ibyamufunguye amaso akabona amahirwe y’iterambere Abanyarwanda bafite.

    Yagize ati “Akanyoni katagurutse ntikamenya iyo bweze, iyo ujya ahandi ukabona umuhanda wa kirometero ebyiri, umara imyaka ine utari warangira, ibitaka biri ku ruhande byaramezemo ibyatsi, waza hano ugasanga ibintu byashyizwe mu ngengo y’imari bikorwa, ni ibintu byiza.”

    Umu-Rayon ku mutima, umukunzi wa NBA

    Habarugira ni umufana ukomeye w’umukino wa Basketball yanahoze akina mu Rwanda, aho akurikira abakinnyi barimo Joel Hans Embiid ukomoka muri Cameroon, agakinira Philadelphia 76ers, na Bradley Emmanuel Beal ubica bigacika muri Washington Wizards.

    Uretse basketball, Habarugira ni umukunzi w’umuziki aho muri iyi minsi ari kunyurwa na ‘Seka’ ya Niyo Bosco, akunze gucuranga iyo yeguye guitar ye.

    Yagize ati “Simbakurikira cyane [abahanzi], ariko nzi The Ben, muri ino minsi hari indirimbo numvise, indirimbo ya Niyo Bosco, yitwa ‘Seka’, iyo mbatuye guitar yanjye nibyo mba ndimo [kuyicuranga]. Ikintu kintangaza mu ndirimbo z’ubu, bavuga ibintu wumva n’ibindi mu ndirimbo z’Abanyamerika, ariko noneho bikaba biri mu ndirimbo mu magambo y’Ikinyarwanda, [utakeka ko] bivugwa iwacu.”

    Habarugira kandi ni umukunzi w’umukino wa tennis, agakina Skate aho ashobora kugenda kirometero 21. Ni umukunzi w’igare kuva mu buto bwe, agakunda indirimbo z’itsinda rya ‘Scorpions’ rikomeye mu Budage.

    Habarugira kandi ni umufana wa Rayon Sports, ibintu avuga ko akomora mu muryango we, agakunda kumarana umwanya n’umwana we. Ibintu avuga ko biri mu by’ibanze aha agaciro.

    Uyu muyobozi usanzwe ari Umukirisitu, yasobanuye ko gusenga bitabera mu idini, ati “Kuri njye, gusenga numva ko umuntu wese yabikora, ntabwo ari idini. Isengesho rya mbere ni ugukoresha ukuri, ntukore ikinyuranye n’icyo umutimanama wawe ukubwira.”

    Habarugira ni umugabo ufite ubushobozi bwo kuvuga indimi eshanu, zirimo Ikinyarwanda, Icyongereza, Igifaransa, Ikidage n’Igiswahili ndetse akaba anafite ubushobozi bwo gusoma no kumva Iki- Espagnole.

    Ikiganiro kirambuye n’Umuyobozi Mukuru wa Cogebanque ku buzima bwe bwihariye


  • FERWAFA yabonye inkunga ya Miliyari ebyiri: Kubaka Hoteli birasubukurwa mu cyumweru kimwe #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Tariki 25/02/2017 nibwo Umuyobozi wa FIFA, Gianni Infantino, yashyize ibuye ry’ifatizo ahagomba kubakwa Hoteli ya FERWAFA, ubu hakaba hashize imyana ine imirimo ihagaze.

    Iyi Hoteli y’inyenyeri enye yagombaga kuzura itwaye byibura hafi miliyari enye z’amafaranga y’u Rwanda, ikaba inafite ibyumba 88 izajya yakiririamo abantu batandukanye, ndetse n’amakipe y’igihugu akaba yahakorera umwiherero.

    Tariki 25/02/2017 ni bwo Umuyobozi wa FIFA Gianni Infantino yashyize ibuye ry
    Tariki 25/02/2017 ni bwo Umuyobozi wa FIFA Gianni Infantino yashyize ibuye ry’ifatizo ahagomba kubakwa Hotel ya FERWAFA

    Nyuma y’iyo myaka yari imaze yarahagaze, FERWAFA yatangaje ko iyo mirimo igiye gusubukurwa bitarenze icyumweru. Ni nyuma yo kubona inkunga yavuye muri Federasiyo y’umupira w’amaguru muri Maroc.

    Ni amakuru Kigali Today yahamirijwe na Visi Perezida wa Ferwafa, Habyarimana Marcel Matiku, aho yavugaga ko banaganiriye n’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku isi ribemerera kuba bakoresha iyo nkunga babonye

    Yagize ati “Iriya nyubako yari imaze hafi imyaka ine yarahagaze, imirimo yari igeze kuri 53%, twagombaga kubanza kurangiza amasezerano ya mbere yari ahari hagati y’Abashinwa, Federasiyo ndetse na PRISME yakurikiranaga iyo mirimo, ibyo byarabye birarangira barishyurwa”.

    “Nyuma hakurikiyeho gahunda yo gusubukura imirimo, inkunga twarayibonye ya Federasiyo y’umupira w’amaguru muri Maroc, Miliyoni ebyiri n’ibihumbi 250 mu madolari ya Amerika, binyuzwa muri FIFA na bo batwandikira ko iyo nkunga kuri ubwo bufatanye yabonetse ari yo tugomba guheraho”.

    Yakomeje ati “Isoko ryatanzwe ku Bashinwa ni Miliyari ebyiri na Miliyoni 600 Frws kugira ngo icyiciro cya mbere cyo kubaka kirangire ku buryo Hoteli yatangira gukora, ku buryo dushobora kwakira abantu mu byumba birenze 40 bizaba birimo”.

    Yavuze kandi ko igikorwa cyo kubaka kizamara amezi 10, ku buryo byibura mu gihe cy’umwaka Hoteli izaba ikora, aha Ferwafa kandi yavuze ko amafaranga yose ahari nta mbogamizi n’imwe bazagira, cyereka iyaturuka kuri rwiyemezamirimo.

    Igishushanyo mbonera cya Hoteli ya Ferwafa

  • Kayonza: Inzoka yishwe bayisangamo ihene yari yamize #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abitangaje nyuma y’aho ku wa Mbere tariki 28 Kamena 2021, ku gicamunsi, umuyobozi w’amashuri abanza ya Mucucu, Mbarushimana Theophile agonze na moto inzoka y’uruziramire ikavamo ihene yari yamize.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Murundi, Mutesi Jackline, avuga ko ari ubwa mbere bumvise ko ako gace karimo inzoka zo muri ubwo bwoko.

    Avuga ko kuba hari iyahabonetse bishoboka ko hari n’izindi dore ko ako gace kegereye Pariki y’Akagera.

    Uwo muyobozi yizeza abaturage ko nta mpungenge bakwiye kugira zo kuba izo nzoka zabahungabanyiriza umutekano, kuko bagiye kwiyambaza izindi nzego kugira ngo bafatanye gukemura icyo kibazo, bityo abaturage barusheho kugira umutekano.

    Ati “Nibwo tumenye ko zihari kuko twabonye ikimenyetso ku yabonetse ejo, turiyambaza izindi nzego kugira dushakire hamwe igisubizo ku buryo abaturage bacu babaho mu mutekano.”

  • Aba mbere bashyikirijwe inzu mu mudugudu w’icyitegererezo wa Kinigi #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Bamwe mu baturage beretswe inzu bazaturamo
    Bamwe mu baturage beretswe inzu bazaturamo

    Bimwe mu bigize izo nyubako ni amatafari ya Ruriba, ndetse n’amabuye y’amakoro abajwe mu makaro abereye ijisho, kuzamuka muri izo nyubako hakaba harateguwe inzira ebyiri zirimo n’igenewe abafite ubumuga.

    Mu kiganiro Kigali Today yagiranye n’umuyobozi w’Akarere ka Musanze, Nuwumuremyi Jeannine, avuga ko uwo mudugudu wiyongereye mu byiza nyaburanga bigize ako gace dore ko ba mukerarugendo bakagize nk’iwabo kubera amahumbezi aturuka mu birunga n’izo Ngagi zahogoje amahanga.

    Ni umudugudu ugomba gutuzwamo imiryango 144
    Ni umudugudu ugomba gutuzwamo imiryango 144

    Meya Nuwumuremyi yagarutse ku mpamvu nyamukuru zo kubaka uwo mudugudu muri ako gace, agaragaza ko ako gace kari mu nkengero z’ibirunga hazwi cyane mu gukundwa na ba mukerarugendo, ngo ni yo mpamvu bakuye abaturage mu miturire y’akajagari babashyira mu miturire igezweho aho bamaze kwegerezwa ibikorwaremezo byemerera ako gace gufatwa nk’umujyi.

    Yagize ati “Ni inzu zubakiwe abatuye hano mu Kinigi, mu rwego rwo kubatuza mu buryo bunoze kandi bugezweho, ubutaka bwacu by’umwihariko hano mu Kinigi burahenze kandi burera cyane, ntibikwiye ko tubukoresha mu kajagari. Abaturage bari batuye batatanye cyane ugasanga no kubagezaho ibikorwaremezo ntibyoroshye, ariko ubu murabona ko hano nta kihabuze, ni umujyi mu yindi”.

    Arongera ati “Ni gahunda nziza ya Leta yo gutuza abantu uko bikwiye, ni yo mpamvu hafashwe icyemezo cyo gukura abaturage mu bwigunge, bubakirwa uyu mudugudu uteye amabengeza, aya mazu atandukanye n’uko twari dutuye aho byari akajagari, none batujwe mu mujyi nk’ahantu hafite umwihariko w’ubukerarugendo, ahari Pariki, ingagi zisurwa cyane, amahoteli mpuzamahanga n’ibindi. Uyu mudugudu uratuma aka gake ka Kinigi gatera imbere, ni inyongeragaciro ku bukerarugendo bubera muri aka gace”.

    Aba ni bamwe mu baturage beretswe inzu bagomba guturamo
    Aba ni bamwe mu baturage beretswe inzu bagomba guturamo

    Ubwo Minisitiri Gatabazi yasuraga uwo mudugudu ku mugoroba wo ku itariki 27 Kamena 2021, yishimiye aho ibikorwa by’izo nyubako z’umudugudu bigeze, asaba ko ibisigaye bike bitarakorwa byakwihutishwa, abaturage bakitegura gutura mu nzu zabo.

    Kuba itariki 28 Kamena 2021 zigeze abo baturage bose bataratuzwa muri ayo mazu, ni uko hari ibigitunganywa birimo amasuku, kugeza ibikoresho byose mu byumba byose n’ibindi birimo ibitanda na matola bikomeje kugezwamo uko bwije n’uko bukeye.

    Kugeza ubu, bamwe mu baturage bamaze kwerekwa inzu zabo, aho basanze ibyangombwa byose byamaze kugezwamo birimo ibitanda na matola bigizwe n’igitanda cy’ababyeyi, icy’abashyitsi, icyumba cy’abana kirimo igitanda kigeretse biryamwaho hasi no hejuru, n’icyumba cy’uruganiriro kirimo intebe, televisiyo nshya ya Startames ya pouse 32, n’akumba ko gutekeramo karimo gaz nshya, hakaba n’ahagenewe amashyiga asanzwe ya kijyambere yubatse ku buryo butimukanwa, ubwiherero bugezweho amazi n’ibindi.

    Mu bindi byashimishije abahawe amazu ni intebe igezweho, yicarwamo byaba na ngombwa ikaramburwa igakorwamo uburiri, ikaba yakwifashishwa mu gihe bibaye ngombwa ko umuryango wakira abashyitsi benshi.

    Meya Nuwumuremyi Jeannine yishimira ko umudugudu w
    Meya Nuwumuremyi Jeannine yishimira ko umudugudu w’icyitegererezo wa Kinigi wuzuye

    Ikindi cyatunguye abo baturage bagiye kwimurirwa muri izo nzu ni ukubwirwa ko buri muryango uzagenerwa telefoni igezweho (Smart phone), bavuga ko ubuzima bwabo bugiye guhinduka abari abanyacyaro bakaba babaye abanyamujyi.

    Nk’uko Meya Nuwumuremyi yakomeje kubitangariza Kigali Today mu kiganiro kirambuye bagiranye ku bijyanye n’uwo mudugudu, ngo izo nzu uko ari 144 zirutana mu byiciro bibiri, aho hari izihagaze agaciro ka miliyoni 40 z’amafaranga y’u Rwanda kuri buri nzu harimo n’ibiyigize, hakaba n’indi yisumbuyeho ifite agaciro ka miliyoni 50.

    Mu rwego rwo gufasha abaturage kumenya gukoresha neza ibyo bikoresho birimo gaz, ubwiherero, gutegura amafunguro agezweho, isuku n’ibindi, ngo Akarere ka Musanze kageneye amahugurwa abaturage bazatuzwa muri izo nzu, aho urugero uwakoreshaga ubwiherero busanzwe yisukuza ibyatsi, ibyo byajyanye n’amateka kuko bagiye kujya bakoresha ubwiherero bugezweho busaba isuku y’amazi.

    Uretse izo nyubako abaturage bazatuzwamo, muri uwo mudugudu haragaragara n’ibindi bikorwa remezo birimo agakiriro kamaze kuzura, kagiye gufasha imyuga inyuranye irimo ububaji, gusudira, ubudozi ndetse n’abakora ubukorikorin bujyanye n’ubukerarugendo, havugururwa n’ikigo nderabuzima cy’icyitegererezo kizajya gitanga serivise z’ibitaro zirimo kuvura amenyo n’izindi ndwara, aho ibikoresho bya ngombwa byose byamaze kuboneka.

    Muri uwo mudugudu hubatswe kandi n’inzu zizororerwamo inkoko zigera ku bihumbi umunani, mu rwego rwo gufasha abazatura muri uwo mudugudu kubona indyo yuzuye, ndetse hagenwa n’aho amatungo yabo basanzwe boroye arimo inka n’ihene azororerwa, ku buryo usanzwe afite itungo yemerewe kuryimukana mu mudugudu.

    Inzu zirimo ibikoresho bitandunaye, iyi ntebe ishobora guhinduka uburiri
    Inzu zirimo ibikoresho bitandunaye, iyi ntebe ishobora guhinduka uburiri

    Muri uwo mudugudu kandi, hari n’amashuri anyuranye arimo ay’incuke, abanza n’ayisumbuye, ubuyobozi bw’Akarere ka Musanze bwishimira ko ishuri rya Kampanga ryamaze kongererwa agaciro bitewe n’uwo mudugudu nk’uko Meya Nuwumuremyi abivuga.

    Agira ati “Dufite GS Kampanga, ni ishuri dusanganwe ariko ryongerewe agaciro mu buryo bugaragarira buri wese, dufite ibyo bita Smart Classroom itarahigeze, harimo ikoranabuhanga muri ibyo byumba, hari Laboratwari zinyuranye, abana bubakiwe igikoni kigezweho n’aho bafungurira, bubakirwa ibibuga by’imikino birimo Football, ibibuga bya Volleyball, ibya basket. Mu by’ukuri ni ikigo cy’ishuri cyavuguruwe mu buryo bukomeye”.

    Uwo muyobozi kandi yagarutse ku mihanda ya kaburimbo yerekeza muri uwo mudugudu yamaze kuzura n’iri ku musozo ati “Imihanda yo mu mudugudu murabona ko yarangiye, uva muri santere ya Kinigi murabona ko wamaze gushyirwamo kaburimbo, mu gihe uva kuri INES-Ruhengeri ugatunguka muri uyu mudugudu na wo uri gutsindagirwa aho mu minsi mike uwo muhanda wa kaburimbo turaba tuwugendamo, hakaba n’uva hano mu mudugudu ugera Rushubi, na wo uri hafi kuzura, iyo mihanda ya kaburimbo tuyungukiye muri iki gikorwa cyo kubaka uyu mudugu”.

    Hari ibitanda muri buri cyumba
    Hari ibitanda muri buri cyumba

    Uburyo abo baturage bakiriye ayo mazu bagiye gutuzwamo

    Byari akanyamuneza ku baturage bari baje kwerekwa inzu bagiye guturamo, aho batangariye ibikoresho basanzemo, bavuga ko ubuzima bw’igiturage babusezereye bagiye kubaho kinyamujyi.
    Abenshi ngo bari barahawe amakuru y’impuha, baterwa ubwoba babwirwa ko bagiye gutuzwa nabi, ariko ngo aho bamenyeye ukuri bakanibonera ayo mazu, byabashimishije cyane, bashimira Leta y’u Rwanda yabubakiye uwo mudugudu.

    Izabiriza Ismayili ati “Ndishimye ku buryo bukomeye, inzu yanjye bamaze kuyinyereka ntungurwa n’ibyo nsanzemo ntanatekerezaga kuzatunga, ibaze kujya mu nzu ugasangamo televisiyo ntigeze ndota no mu nzozi, dore Gaz ya litiro 12, mbega intebe! Dore uburiri, eh narebye matola zishashe ku bitanda mpita njya koga ntekereza ko naba mfite umwanda nkaba nakwanduza ariya mashuka, ariko cyane cyane nishimiye iyi Flat Screen”.

    Ni inzu zubatse mu buryo bugezweho
    Ni inzu zubatse mu buryo bugezweho

    Izabiriza yavuze kandi ko yabanje kubwirwa amagambo mabi amuca intege zo kuba yakwimukira muri uwo mudugudu, ndetse we na bagenzi be babanza kwanga bavuga ko batazemera gutuzwa muri izo nzu, ariko ngo atungurwa no gusanga ari inzu ziteye ubwuzu.

    Ati “Ibyishimo ni byinshi, ubwa mbere hari abantu benshi babanje kudushyiramo amagambo y’urucantege, batubwira ko ngo bagiye kuducucika, ngo muri ubwo bucucike tuzapfa nk’inkoko zarwaye uburoro, twatekereza Corona uburyo ica ibintu, tugira ubwoba abenshi dutekereza kwanga kuzazizamo, ariko Leta yaradusobanuriye natwe twaziboneye ni nziza cyane, abatubwiye ayo magambo ni abantu batazi ibyiza Perezida wa Repubulika ari kutugezaho”.

    Umusaza witwa Bariyangira Fidèle ati “Ubwa mbere baje kuturemesha inama kwikiriza kwacu kukaba guke, tukumva turababaye kubera kudukura aho twari dutuye, rimwe badutambagije aya mazu, tuyabonye si ukubyina tugeza ubwo dushaka no kubyinisha amavi”.

    Arongera ati “Inzu ngiyi nayibonye ngiye gutura muri mu kirere, kwicara, kunezerwa ukegamira ku gatebe kawe, reba televisiyo, batubwiye ko nta masafuriya tuzazana, nta biyiko nta masahani none twabisanzemo bya kizungu, ahubwo bari baradutindiye kudutuzamo. Abana bariga hafi y’urugo, umubyeyi wacu Kagame ntacyo twamwitura, reba ngize imyaka 72 none agiye kunsazisha neza, turamushimiye arakarama”.

    Beretswe inzu zabo barazishimira banashimira Umukuru w
    Beretswe inzu zabo barazishimira banashimira Umukuru w’igihugu

    Nyiranzayirwanda Pelusi kuri we ngo kugera muri etaje byamutunguye, avuga ko ibinezaneza byamurenze asanzemo televisiyo, amashyiga ya gaz ndetse utungurwa no kubwirwa ko azahabwa na telefoni ya smart.

    Ati “Ndashimira Perezida wa Repubulika wafatanyije n’Imana batugeza muri etaje, si ngiyi se, hameze neza harimo ibitanda, gaz na televisiyo, none ngo bagiye kuduha na telefoni ya touch yo guhanaguzamo urutoki, iyo telefoni nayo nyitegerezanyije amatsiko ubu turi kwiga kuyikoresha, ntabwo nigeze ndota gutura muri itege, barabitubwiraga tukumva ari ukudusetsa none birabaye dore ndi hejuru muya gatatu”.

    Umukecuru w’imyaka 86 witwa Mwamirama Angella nawe yishimiye gutura muri etage ati “Imyaka yose maze, ibi ntabwo nigeze mbibona, aya mazu batubwiye ngo yitwa etage na televisiyo, ni amajyambere natwe tugiye gusirimuka, batubwiye ko bagiye kutwereka etage tugiye guturamo ndatangara ngira ngo ni ukutubenshya, none bibaye ukuri koko, ngiye kuyiryamamo bamaze kuyinyereka nabibonye nzasaza neza, Perezida wacu Imana imukomeze”.

    Imihanda ya kaburimbo igera muri uwo mu dugudu iri hafi kuzura
    Imihanda ya kaburimbo igera muri uwo mu dugudu iri hafi kuzura

    Biteganyijwe ko uwo mudugudu w’icyitegererezo wa Kinigi utahwa ku munsi u Rwanda rwizihiza umunsi wo kwibohora wo ku itariki 04 Nyakanga 2021.

    Ni inyubako zitezwe gutahwa tariki 04 Nyakanga 2021
    Ni inyubako zitezwe gutahwa tariki 04 Nyakanga 2021
    Minisitiri w
    Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu Gatabazi JMV aherutse gusura uwo mudugudu ashima aho ugeze