Tag: featured

  • Muhanga: Hari aho insengero zafunzwe kubera ubwiyongere bw’abandura Covid-19 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Insengero zafunzwe mu mirenge ya Nyamabuye na Shyogwe
    Insengero zafunzwe mu mirenge ya Nyamabuye na Shyogwe

    Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga butangaza ko iyo myanzuro yafashwe nyuma y’uko ku wa 30 Kamena 2021, imibare ya Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yagaragaje ko Akarere ka Muhanga ari aka kabiri mu kugira abanduye Covid-19 benshi nyuma y’Umujyi wa Kigali, izo ngamba nshya zigatangira gushyirwa mu bikorwa kuri uyu wa Gatanu tariki 2 Kamena 2021.

    Iminsi ine ishize ni bwo ubwandu bwa Covid-19 bwatangiye kuzamuka, ku wa 30 Kamena abanduye bakaba bagera kuri 96, imibare myinshi ikaba yiganje mu kagari ka Gahogo mu mujyi wa Muhanga.

    Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga, Kayitare Jacqueline, avuga ko impamvu nyamukuru z’ubwandu bwiyongereye ari ukwirara abantu ntibakurikize ingamba kuko usanga nk’amazu y’ubucuruzi atakigira ahantu ho gukarabira.

    Avuga ko hari n’izindi ngamba abantu badohotseho, aho usanga bacucitse aho bakorera, gufungura utubari mu buryo butemewe no kuba abantu bari basigaye badahana intera kandi bagasurana cyangwa bagakora ibirori bitemewe.

    Imiryango yakoraga buri munsi ku maduka no mu isko na yo irakora 50%
    Imiryango yakoraga buri munsi ku maduka no mu isko na yo irakora 50%

    Hafashwe ingamba zo gufunga insengero no kugabanya abakorera ku maduka no mu isoko

    Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga avuga ko kubera kudohoka byacaga amarenga yo kugira ubwandu bwinshi ari na byo byabaye, hagahita hafatwa ingamba zihariye mu Karere ka Muhanga by’umwihariko mu mirenge ya Nyamabuye na Shyogwe, aho ibyiciro by’abantu byinshi bigaragaramo ubwandu.

    Agira ati “Twarebye ibikorwa bihuza abantu benshi tugabanyamo kugeza kuri 50% cyangwa bimwe turabihagarika igihe bigaragara ko ntacyo byahungabanya gikomeye ku buzima bw’abantu, nk’insengero twabaye tuzifunze muri iyo mirenge mu byumweru bibiri maze turebe ko kudahura kw’abantu byagabanya imibare y’abandura”.

    Yongeraho ati “Twasabye ko udusoko duto duto twa buri munsi ‘Ndaburaye’ twaba duhagaze, amasoko ya Misizi, Kinini na Cyakabiri hagaragaremo gusa ibyo kurya n’amatungo, na ho urujya n’uruza rw’abantu mu mujyi wa Muhanga rukagabanuka, aho twagabanyije inzu z’abacuruzi 50% bakajya bagurana kuza gukora kugira ngo turebe ko icyorezo twagica intege”.

    Imirenge y’icyaro nta kibazo ifite gikomeye ariko na bo basabwa gukurikiza ingamba

    Meya Kayitare avuga ko imirenge y’icyaro nta bibazo by’ubwandu bwinshi bihari kuko aho bwari bwagaragaye hafashwe ingamba bukagabanuka ku buryo hari n’aho bwashize, ari na yo mpamvu guhangana na bwo mu mujyi bisaba ingamba zihariye.

    Urujya n
    Urujya n’uruza rw’abakiriya n’umubare w’abacuruzi n’abakozi babo byagabanyijwe kabiri

    Avuga ko imirenge ya Kiyumba mu Kagari ka Rukeri mu mudugudu wa Nundwe wasangaga imibarey’abandura igaragara muri uwo mudugudu, gusa kubuhashya byahise byoroha, na ho mu murenge wa Nyarusange mu Kagari ka Ngaru na ho ubwandu bukaba burimo kugabanuka hifashwishijwe gushyiraho ingamba zirimo gusura abarwariye mu ngo no gushyiraho amarondo y’amanywa.

    Ubuyobozi butangaza ko igihe byagaragara ko ubwandu bukomeje kwiyongera kandi abantu barenga ku mabwiriza hafatwa izindi ngamba zikomeye zirimo no kuguma mu rugo, bukaba busaba abaturage kubigira ibyabo birinda kugira ngo ingamba zafashwe zitange umusaruro.


  • Muhanga: Abo Perezida Kagame yagabiye akanabatuza batangiye kwibohora ubukene #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Uwizeye avuga ko ubu yakwigurira isambu y
    Uwizeye avuga ko ubu yakwigurira isambu y’ibihumbi 300Frw mu minsi iri imbere

    Hashize imyaka ibiri abo baturage batujwe mu mudugudu wa Horezo aho imiryango isaga 100 yahatujwe yahawe inka zororerwa mu biraro rusange, amazu meza yo guturamo, irerero, ivuriro n’amashuri yubatse mu buryo bugezweho, amashanyarazi n’amazi.

    Uwo mudugudu wemerewe abaturage watashywe na Perezida wa Repuburika Paul Kagame ku itariki ya 04 Nyakanga 2019, washyizwemo iby’ibanze byose umuturage akenera, birimo n’inka zo korora ari na zo bavuga ko bakesha kubaho muri uwo mudugudu.

    Ubwo umunyamakuru wa Kigali Today yabasura ngo arebe uko ibikorwa byashyizwe muri uwo mudugudu byahinduye imibereho yabo, bamugaragarije ko bishimiye ubuzima babayeho kuko benshi baje kuhatuzwa batagiraga amazu yemwe nta n’amatungo bafite.

    Amazu batujwemo arimo n
    Amazu batujwemo arimo n’ayubatse ajya ejuru

    Umuyobozi w’umudugudu w’ikitegererezo wa Horezo, Uwizeyimana Vincent waje kuhatuzwa atagira ikintu na kimwe avuga ko inka yagabiwe imaze kubyara kabiri akaba yarituye imwe mu zo yabyaye, akaba asigaranye nyina n’iyayo mu gihe cy’imyaka ibiri, agahamya ko iyo ari inyunganizi ikomeye mu kwiteza imbere.

    Agira ati “Nta mvune tukigira kuko dufite ibikoresho byose by’ibanze hafi yacu, inka baduhaye zimeze neza turanywa amata, nta kibazo ntawe ukiremba kubera ko twivuriza hafi, hano haranzwe n’amateka mabi y’intambara z’abacengezi ariko ubu Leta nziza yaratubohoye hari aho twavuye n’aho tugeze.

    Yongeraho ko Kwibohora ari isoko yo kwigira koko, kuko ashingiye ku nka amaze kunguka nyuma yo kugabirwa na Perezida wa Repuburika, ashobora kubiheraho yiteza imbere akaba yakwigurira nk’isambu mu minsi iri imbere.

    Agira ati “Ntekereza ko ubu noneho uwampa isambu iguze ibihumbi 300frw nabasha kuyishyura kubera izi nka, ni ukuvuga ko nyuma yaho nabasha kwikemurira ibibazo”.

    Ishuri rya Horezo rituma abana batakijya kwiga kure
    Ishuri rya Horezo rituma abana batakijya kwiga kure

    Musabyimana Antoinette wacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi watujwe muri Horezo avuye Murenge wa Nyabinoni, avuga ko yari atuye mu manegeka kandi ari umukene, ariko ubu abacitse ku icumu bahatujwe bameze neza.

    Agira ati “Iyo nguma muri Nyabinoni kubera amanegeka ubu mba narapfuye, nta mavuriro hafi, Nyabarongo yadutwariraga abana bajya kwiga muri Ngororero, twabohowe ingoma y’ubugome no kuba turiho ni Ingabo z’Igihugu zari zirangajwe na Perezida wa Repuburika kuko ntabwo aho twari turi twizeraga ko tuzabaho ariko ubu turishimye”.

    Diane Yamukujije na we ashimira mukuru w’Igihugu wamugabiye inka ubu akaba ari kunywa amata n’umuryango we, akaba abona n’ifumbire, afite inzu amashanyarazi nayo yarabegerejwe atangira kwiteza imbere.

    Agira ati “Inka zacu twazishyiriyeho amatsinda yo kuzitaho ku buryo buri wese amenya uko afata neza inka ye, inka yanjye igiye kongera kubyara kandi iyo izabyara izatuma nkomeza kwiteza imbere kuko iya mbere narayituye”.

    Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga, Kayitare Jacqueline, avuga ko muri rusange umudugudu w’ikitegererezo ku batujwe Horezo ari igisubizo cyo kubasubiza ubuzima kuko bari babayeho nabi mu manegeka ariko ubuzima bwabo bwahindutse.

    Agira ati “Abaturage batujwe hariya bari babayeho bihebye kubera gutura mu manegeka ariko ubu bafite icyizere cyo kubaho kandi neza, inka bagabiwe na Perezida wa Repuburika nyuma yo kubatuza ubu zirigutanga umukamo kandi natwe ubu twabegereje ikusanyirizo rizatuma uwo mukamo ubabyarira umusaruro”.

    Umunara ubagezaho itumana n
    Umunara ubagezaho itumana n’amashanyarazi nabyo birahari

    Kayitare akomeza gusaba abo baturage gukura amaboko mu mifuka amahirwe bahawe akomoka ku kuba u Rwanda rwarabohowe batayapfusha ubusa ahubwo akababera imbarutso y’iterambere no kwigira.

    Insanganyamatsiko tuzirikana kuri iyi nshuro twizihizaho isabukuru ya 27 yo Kwibohora igira iti, ‘Kwibohora, isoko yo Kwigira’.

    Amashuri yubatse ajya ejuru
    Amashuri yubatse ajya ejuru


  • Uganda: Abarashe imodoka ya Gen. Katumba Wamala bafashwe #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Gen Katumba Wamala yararashwe arakomereka
    Gen Katumba Wamala yararashwe arakomereka

    Ibyo byatangajwe n’Umuyobozi wa Polisi ya Uganda wungirije, Maj Gen. Paul Lokech, ku wa Kane tariki 1 Nyakanga 2021, mu kiganiro n’abanyamakuru.

    Maj. Gen Lokech yavuze ko abagabye igitero ku modoka ya Gen. Katumba uko ari bane bose bamaze gufatwa, ndetse ko umwe muri bo yarashwe agahita apfa ubwo polisi yari irimo kubafata.

    Yavuze ko Polisi yari imaze ibyumweru bikeya ishakisha abo bakekwaho kuba baragize uruhare muri icyo gitero, kugeza ubwo ibafatiye ahitwa Kikaya, Nansana na Katooke.

    Yagize ati “Mu masaha 24 ashize, twiyemeje gushyira mu izinga abagabye icyo gitero turabafata, kuko twabakurikiranaga mu bikorwa byabo.”

    Lokech yavuze ko umwe muri abo bagabye igitero witwa Hussein Wahab Luwama wari uzwi cyane ku izina rya ‘Master’ we yarashwe agahita apfa mu gihe polisi yari igiye kubafata.

    Abandi bafashwe ubu bari mu maboka ya Polisi ya Uganda, harimo n’uwitwa Kanabe wari uhetswe kuri moto n’uwitwa Kamada Walusimbi, bakunze kwita Mudinka.

    Nk’uko Gen Lokech yabisobanuye, abo bafashwe bakurikiranyweho kwica Brenda Nantongo(Umukobwa wa Gen. Katumba Wamala), no gushaka kwica Gen Katumba Wamala. Ngo batanze imwe mu mbunda zabo bakoresheje muri icyo gitero, bayiha uwitwa Kagugube na we ngo ayishyira undi muntu uzwi nka Ami. Imbunda ya kabiri na yo yakoreshejwe muri icyo gitero ngo ntiraboneka.


  • Abarenga 1100 bafashwe barenze ku mabwiriza mashya yo kwirinda Covid-19 mu Majyaruguru – #rwanda #RwOT

    Polisi y’Igihugu ikorera muri iyo Ntara, yatangaje ko muri rusange bigaragara ko abantu bagerageje kubahiriza amabwiriza mashya yashyizweho kuwa 28 Kamena 2021 yagombaga gutangira kubahirizwa kuwa 1 Nyakanga 2021 nubwo hari bamwe hari bamwe bagaragaye mu makosa yo kuyarengaho nkana.

    Mu bafashwe harimo 232 batubahirije amasaha yo kugera mu rugo ku isaha ya saa kumi n’ebyiri, abandi bafatwa kubera kutubahiriza andi mabwiriza arimo kutambara neza agapfukamunwa, kudahana intera byibuze ya metero ndetse hari n’abafashwe bari mu tubari banywa inzoga.

    Umuhuzabikorwa w’Ibikorwa bya Polisi n’abaturage, CIP Alex Ndayisenga yanenze iyi myitwarire yo kurenga ku mabwiriza aba yaratanzwe kandi barahawe igihe gihagije cyo kwitegura, asaba abaturage guhindura iyo myumvire.

    Yagize ati “Ibi ntibikwiye mu gihe hatanzwe igihe gihagije cyo gusobanurirwa no kwitegura gushyira mu bikorwa ibikubiye mu mabwiriza mashya, Polisi ikaba itazihanganira abadashaka kumva bica amabwiriza nkana mu gihe imibare y’abandura Covid-19 n’abo ihitana ikomeje kwiyongera.”

    Mu bantu bafashwe kuri uyu munsi wa mbere harimo 55 bafatiwe mu tubari banywa inzoga, bakaba bajyanywe ahantu hatandukanye haba harateguwe ngo bahugurwe ubundi bacibwe n’amande yateganyijwe.

    Mu gihe muri iyi minsi umubare w’abandura Covid-19 ukomeje kwiyongera mu Rwanda, Intara y’Amajyaruguru nayo ni uko kuko mu banduye mu minsi ine ishize bangana na 3287, Amajyaruguru afitemo 816.

    Urubyiruko rw’abakorerabushake rwagize uruhare rukomeye mu gukurikirana iyubahirizwa ry’amabwiriza yo kwirinda Covid-19

    Muri Musanze hari bamwe bafashwe barenze ku mabwiriza ku munsi wa mbere wo kubahiriza amabwiriza mashya

  • Nyanza: Imiryango 497 yabaga mu nzu zimeze nka nyakatsi yafashijwe kuzivugurura – #rwanda #RwOT

    Umuyobozi w’Akarere ka Nyanza, Ntazinda Erasme, yavuze ko uwo muhigo bari barihaye bamaze kuwesa mu 2021, bakaba bari kuri kubarura abandi kugira ngo nabo bafashwe.

    Yagize ati “Hari abaturage twari twabaruye mu 2017 bari bafite amazu ameze nabi, uyu mwaka turangije kubafasha gusana amazu yabo bose, ariko ntibivuga ko abafite amazu ameze nabi mu Karere ka Nyanza barangiye, ni igikorwa kizakomeza igihe cyose hakiri abantu bagaragara ko bafite amazu ameze nabi.”

    Ntazinda yavuze ko icya mbere bakora ari ukubibutsa ko inzu zabo zikwiye kuvugururwa no kubereka uko byakorwa, abafite ubushobozi bakabyikorera naho abakeneye ubufasha bakabuhabwa.

    Hari abubakirwa inzu yose bakayihabwa yuzuye, abazamura inzu bagahabwa isakaro ndetse n’abo abaturanyi baza kubakira mu buryo bw’umuganda.

    Bamwe mu baturage bafashijwe kubakirwa inzu zo kubamo bavuga ko nyuma yo kubona aho kuba heza bagiye gushaka icyo bakora kibateza imbere.

    Matabaro Abeli wo mu Murenge wa Busasamana ati “Ubu ndishimye cyane kuko ubuyobozi bwanyubakiye inzu yo kubamo, ndatuje rwose kandi mpora mbasabira umugisha.”

    Umuyobozi w’Akarere ka Nyanza, Ntazinda Erasme avuga ko usibye ingengo y’imari bagenerwa na Leta, ubushobozi bwo gukemura ibibazo by’abaturage nk’ibyo babukura mu bafatanyabikorwa b’akarere.

    Muri uyu mwaka w’ingengo y’imari wa 2020/21 abafatanyabikorwa b’Akarere ka Nyanza batanze amafaranga y’u Rwanda miliyari 3 na miliyoni 141, angana na 15% y’ingengo y’imari y’akarere yose.

    Visi Perezida w’ihuriro ry’abikorera mu Karere ka Nyanza, Kabayiza Louis-Pasteur, avuga ko ayo mafaranga yakoreshejwe mu bikorwa bitandukanye birimo kubakira abatishoboye, kubaka amarerero y’abana, kubaka ubukarabiro, guhugura abahinzi, gutera ibiti by’imbuto ziribwa n’ibindi.

    Abafashijwe gusana inzu basabwe gutuza bagashaka icyo bakora kibateza imbere

    Akarere ka Nyanza kubakiye abafite inzu zitameze neza ku bufatanye n’abafatanyabikorwa

    Hari abamara kubakirwa bagahabwa n’ibikoresho by’ibanze bibafasha mu mibereho

    Imiryango itandukanye yari imaze igihe iba mu nzu zitameze neza yafashijwe kuzisana

    [email protected]


  • Ruhango: Mu mezi abiri bazaba bamaze kwishyura 100% Mituweli ya 2021/2022 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Habarurema yemeza ko mu mezi abiri bazaba bamaze kwishyura 100% Mituweri y
    Habarurema yemeza ko mu mezi abiri bazaba bamaze kwishyura 100% Mituweri y’umwaka wa 2021-2022

    Byatangarijwe mu kiganiro n’abafatanyabikorwa mu iterambere ry’Akarere ka Ruhango, aho ubuyobozi bw’akarere bwagaragaje ko umwaka w’ingengo y’imari wa 2020-2021 urangiye ako karere kari ku mwanya wa kane mu kwishyura ubwisungane mu kwivuza.

    Bumwe mu buryo akarere n’abaturage bafatanyamo kwishyura amafaranga y’ubwisungane mu kwivuza harimo ibimina bya Mituweli muri buri mudugudu aho abaturage bagenda bakusanya amafaranga make make umwaka ukarangira buri muryango waramaze kwishyurira abawugize.

    Umuyobozi w’Akarere ka Ruhango, Habarurema Valens, avuga ko ashingiye kuri ubwo buryo babashije kwesa umuhigo wa Mituweli ku gipimo gishimishije umwaka ushize, kandi umwaka utaha batazasubira inyuma.

    Agira ati “Uyu mwaka w’ingengo y’imari urangiye turi aba kane mu gihugu hose, ubu amafaranga y’umwaka utaha wa Mituweli tumaze kwishyura ku kigero kiri hejuru ya 60%, bivuze ko mu mezi abiri ari imbere nibura tuzaba tugeze ku 100% twishyura amafaranga y’ubwisungane mu kwivuza dufatanyije n’abaturage”.

    Habarurema avuga ko mbere wasangaga kwishyura ubwisungane mu kwivuza bigorana cyane ku buryo wasangaga umwaka wa Mituweli urangira bageze hagati ya 15% na 20%, ariko byose byagenze neza nyuma y’uko ubuyobozi bugaragaje ko abaturage bafite uruhare rukomeye mu kwishakamo ibisubizo bagamije guteza imbere imibereho myiza yabo.

    Hari imidugudu yamaze kwishyura 100% bya Mituweli ya 2021-2022

    Abayobozi b’imidugudu muri aka karere bagaragaza ko komite zabo zashyize imbaraga mu kwegeranya amafaranga y’ubwisungane mu kwivuza hakurikijwe ibimina by’amasibo n’iby’amatsinda basanzwe bizigamiramo.

    Habimana Ferdinand uyobora umudugudu wa Gitwa avuga ko nta bintu bidasanzwe byokozwe ngo abaturage babe bamaze kwishyura ubwisungane mu kwivuza umwaka wa 2022.

    Agira ati “Umuntu arizigamira mu kimina ayo bashoboye, igihe cyagera akishyurira umuryango we ntabwo byabagoye kuko agera bitamuvunnye, ibyo byatumye abaturage basigaye bivuza ku gihe batararemba”.

    Avuga ko gutanga Mituweli bikakubera urukingo ari byiza kurusha kwita ku bindi kuko kurwara bitungurana, kandi buri wese akwiye guhora yiteguye.

    Esperence Mujawayezu utuye mu Mudugudu wa Bugaramantare avuga ko kwishyurira mu midugudu bikorwa aho buri kimina gishyiraho umunsi wo kwakira ubwisungane mu kwivuza hakurikijwe ubushobozi bw’umunyamuryango.

    Agira ati “Buri mudugudu ufite konti kuri SACCO umukuru w’Ikimina ni Umuyobozi w’Isibo, iyo wujuje amafaranga wishyurira umuryango wawe, bahita bakwishyurira, amatsinda yandi twizigamiramo na yo aradufasha kuko abafite ubushobozi buke mu kimina cya Mituweli bashobora kwiguriza muri icyo kindi, ubwo ni uburyo twatsinzemo kandi budufasha”.

    Yongeraho ati “Iyo ufite Mituweli wishyura 200Frw, nk’ejo nivuje ntanze 220Frw biramfasha kuko nivuza ntararemba nta kibazo cyo kuvuga ngo ndarwaye, ubwo tumaze kwishyura uyu mwaka tugiye kongera twizigamire, tuzageza igihe cyo kwishyura turi imbere y’abandi bose”.

    Ku bijyanye na serivisi zishobora kutanyura abaturage ku bigo nderabuzima, ubuyobozi buvuga ko buzakomeza gukebura abatanga serivisi zitanoze ku baturage kandi baba bagize uruhare mu bibakorerwa.

    Mu bindi Akarere ka Ruhango kishimira ko kageze umwaka w’ingengo y’imari 2020-2021 ku bufatanye n’abafatanyanyabikorwa mu iterambere ryako harimo kubaka inzu zisaga 100 z’abatishoboye, ibikorwa by’amazi meza n’amashanyarazi ku baturage ariko byo bikaba bizakomeza kuko bikiri ku rugero ruto.


  • Abakozi by’Ibitaro bya Ruhengeri banenze bagenzi babo bakoze Jenoside – #rwanda #RwOT

    Mu gikorwa cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi ku nshuro ya 27, hubahirizwa ingamba zo kwirinda Covid-19, abakozi b’Ibitaro bya Ruhengeri, bunamiye abasaga 800 bashyinguye mu Rwibutso rwa Muhoza biciwe ku cyahoze ari Urukiko rw’Iremezo rwa Ruhengeri bashyira indabo aho baruhukiye ndetse banifatanya n’abarokotse batishoboye baboroza inka.

    Bamwe mu barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, basabye abaganga kwita ku babagana babungabunga amagara yabo, batabanje kubavangura nk’uko byaranze bagenzi babo bakoze Jenoside.

    Umuyobozi wungirije w’Umuryango w’Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi Ibuka mu Karere ka Musanze, Mukanoheli Josée, yavuze ko ibikorwa byo kwibuka abazize Jenoside bibatera imbaraga zo kwiyubaka n’icyizere cyo kubaho ariko anenga abakozi bo mu nzego z’ubuvuzi bataye indangagaciro zabo bagakora Jenoside aho kurengera ubuzima bwabo.

    Yagize ati “Birababaje kuba hari abaganga bijanditse muri Jenoside bakica abantu aho kubarengera nk’uko biri mu ndangagaciro baba bararahiriye n’izo batozwa, ibi byatesheje agaciro ikiremwamuntu ku rwego utabyiyumvisha. Ubu turishimye kubera ubuyobozi bwiza dufite bwatugaruriye icyizere n’Ibitaro bya Ruhengeri ku bushake n’uruhare basigaye bagira ngo natwe twongere kubaho neza. Turabasaba ko hakubakwa ikimenyetso cy’Urwibutso ku Bitaro kandi hari icyizere ko bazabikora dufatanye kubungabunga amateka y’ibyahabereye.”

    Ngabonziza Louis na we warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, yagize ati ” Ni ibintu bigoye kubyumva ukuntu aha twari duteze amakiriro ari ho abacu baguye kandi abaganga na bo bakabigiramo uruhare bakica. Turasaba Ibitaro bya Ruhengeri ko byashyiraho uburyo bwihariye bwo kubungabunga amateka y’ibyabereye hano.”

    Nibagwire Domitille ni umukecuru uri mu kigero 70 washyikirijwe inka, avuga ko kubona amata byamugoraga cyane, ariko akaba yishimira ko agiye gusazira ku nkongoro, ndetse icyizere cyo kubaho yari afite kikaba cyiyongereye.

    Umuyobozi w’Ibitaro Bikuru bya Ruhengeri, Dr. Muhire Philbert, asaba abaganga kurangwa n’umutima wa kimuntu urangwa no kwita ku barwayi batavanguye kuko ari bwo bazabasha guhangana n’ingengabitekerezo ya Jenoside.

    Yagize ati “Ni ibintu bibabaje kumva ko umuganga wabonaga umurwayi amugana amutezeho gukira ari we wamwicaga, ibyaranze bagenzi bacu muri Jenoside biteye agahinda. Uyu munsi ubutumwa tubaha ni ukurangwa n’umutima wa kimuntu, bakavura abarwayi nta kubatandukanya, bakumva ko bigomba kujya mu nshingano zabo birinda amacakuburi agamije kuvutsa ubuzima abantu kugira ngo babashe kuzuza neza inshingano zabo.”

    Uyu muyobozi akomeza avuga ko icyifuzo cy’abarokotse Jenoside bifuza ko ku Bitaro hashyirwa ikimenyetso cy’Urwibutso, biri muri gahunda bafite, ariko bizajyana n’uko ibikorwa byo kubaka Ibitaro bizashyirwa mu bikorwa kuko nibitangira kubakwa bizabafasha kugena aho icyo kimenyetso cy’Urwibutso kizashyirwa kandi ko biri mu nshingano zabo.

    Muri iki gikorwa cyo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi ku nshuro ya 27, Ibitaro bya Ruhengeri byaremeye abarokotse biboroza inka ebyiri zihaka.

    Abakozi b’Ibitaro bya Ruhengeri mu gikorwa cyo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi ku nshuro ya 27

    Ibitaro bya Ruhengeri byoroje imiryango y’abarokotse Jenoside

  • U Rwanda rwahawe miliyari 257 Frw yo kuzahura ubukungu – #rwanda #RwOT

    Ni ubwa mbere u Rwanda rwakiriye amafaranga aturutse kuri AIIB ndetse ni nawo mushinga wa mbere iyi banki iteye inkunga muri Afurika yo munsi y’Ubutayu bwa Sahara.

    Amafaranga AIIB yahaye u Rwanda yiyongera ku yandi miliyoni 157.5 $ (asaga miliyari 157.4 Frw) yari aherutse kwemezwa n’Inama y’Ubutegetsi ya Banki y’Isi mu cyumweru cyari cyabanje. Intego yayo ni ugufasha ibikorwa by’ubucuruzi kuzahuka mu gihe gito n’igihe kirekire.

    Aya mafaranga u Rwanda rwahawe azafasha mu kuzahura ubukungu bwashegeshwe na Covid-19 kuva muri Werurwe 2020 ubwo iki cyorezo cyageraga mu gihugu. Cyatumye ubukungu busubira inyuma, imirimo myinshi irahagarara bituma benshi babura akazi.

    Azifashishwa nk’inguzanyo ku bigo by’imari kugira ngo nabyo bibashe kuguriza abantu bahuye n’ibibazo by’ubukungu byatewe na Covid-19.

    Kubera Covid-19, umusaruro mbumbe w’ubukungu bw’u Rwanda wagabanutseho 0.2% mu mwaka wa 2020, nyamara wari witezweho kuzamuka ku kigero cya 8% muri uwo mwaka.

    Ikindi kandi umubare w’abantu bafite akazi ugereranyije n’umubare w’abaturage b’u Rwanda, wageze kuri 43% uvuye kuri 48.3%, igabanukaho 5%. Kwiyongera kw’abashomeri birushaho kongera umubare w’abantu bari mu bukene, aho byitezwe ko muri uyu mwaka, umubare w’abakene mu Rwanda uziyongeraho abantu 550 000 ugereranyije n’uko ibintu byari kuba bihagaze iyo Covid-19 itabaho.

    Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Dr. Uzziel Ndagijimana, yatangaje ko aya mafaranga yose u Rwanda rwahawe azafasha mu Kigega Nzahurabukungu.

    Ati “Binyuze mu gufasha urwego rwacu rw’abikorera rwagizweho ingaruka na Covid-19 kugira ngo rubone igishoro gihendutse cyakwifashishwa mu ishoramari ry’igihe kirekire, ibintu bizagira uruhare mu guhanga imirimo no mu iterambere ry’ubukungu.”

    Muri Mata 2020 nibwo Guverinoma y’u Rwanda yashyizeho Ikigega Nzahurabukungu, gitangirana muri Kamena miliyoni 100$. Kubera amafaranga yatanzwe na Banki y’Isi na AIIB kigiye kongererwa ubushobozi ku buryo kizaba kirimo miliyoni 357.5 $. Izindi nzego zagize uruhare mu gushyigikira iki kigega harimo nk’imiryango mpuzamahanga nka IMF, OFID and USAID.

    Kuri iyi nshuro, iki kigega kigiye kongerwamo ibindi byiciro nyuma y’aho ubwo cyatangiraga cyahaye umwihariko abanyamahoteli bari barahombye bidasanzwe.

    Ubu amashuri makuru na za Kaminuza yigenga nayo azahabwa umwihariko cyo kimwe n’ibigo bitwara abagenzi n’abandi.

    Inkuru bifitanye isano: Guverinoma igiye kongera miliyoni 350$ mu Kigega Nzahurabukungu

    Ikigega Nzahurabukungu kigiye kongerwamo amafaranga ku buryo abikorera bafashwa kgusubiza ku murongo ibikorwa byabo

  • Burera: Umugabo yicishije umugore we ifuni, ahita atoroka – #rwanda #RwOT

    Ubu bwicanyi bwabaye ku wa Gatatu, tariki 30 Kamena 2021, ubwo aba bombi bari bavuye guhinga bagera mu rugo bagashwana biturutse ku kuba umugabo yashakaga kugurisha inkoko zo mu rugo ariko umugore ntabyemere.

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kagogo uyu muryango wari utuyemo, Mugiraneza Ignace, yahamirije IGIHE amakuru y’urupfu rw’uyu mugore.

    Yagize ati “Aho nyakwigendera yari aryamye hari agafuni, ni ko yamukubise mu mutwe ahita apfa na we aratoroka. Bari bafitanye ibibazo by’amakimbirane ariko twabiherukagamo mu 2018. Ubundi ngo byabaga bakabikemurira mu miryango, ejo bwo byatangiye ku mugoroba ubwo umugabo yashakaga kugurisha umusaruro w’amasaka bari bejeje ariko umugore ntiyabyemera.’’

    Abaturanyi b’uyu muryango bavuze ko mu gitondo bajyanye guhinga baririrwana umugabo ahinga, umugore agatera intabire y’ibijumba, ariko bahingutse bageze mu rugo barakimbirana ubwo umugabo yashakaga kugurisha inkoko.

    Yakomeje ati “Nyuma ni bwo umugore yahamagaye Umukuru w’Umudugudu amubwira ko umugabo amumereye nabi ashobora no kumugirira nabi. Yahageze asanga urugi rwo ku gipangu rukinze haza umukobwa wabo amusaba kucyurira agezemo ni bwo yasanze nyina yapfuye aryamye ku mbuga ahari hanitse amasaka.’’

    Gitifu Mugiraneza yasabye abaturage kutajya bikemurira ibibazo ahubwo bakiyambaza inzego z’ubuyobozi zibegereye aho binaniranye hagafatwa indi myanzuro.

    Ati “Icyo dusaba abaturage nibajye batanga amakuru ku gihe ahaba hari amakimbirane ntibabyihererane ngo akemurirwe mu miryango cyangwa mu masengesho. Ubuyobozi bujye buhagera bubafashe kubikemura aho byanze nk’aha bari bafitanye isezerano babe batandukana ariko bitageze ku rupfu.’’

    Nyakwigendera Uwimana Pascasie yasize abana bane yabyaranye n’umugabo we, ukekwaho kumwica.

    Kuri ubu Hashakimana Jean Pierre aracyashakishwa ngo akurikiranwe ku cyaha cy’ubwicanyi akekwaho.

    Itegeko Nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange mu ngingo ya 107 ivuga ku bwicanyi buturutse ku bushake n’uko buhanwa, ivuga ko umuntu wica undi abishaka, aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igihano cy’igifungo cya burundu.