Tag: featured

  • Rwamagana: Amafi arenga toni 100 yororerwaga mu Kiyaga cya Muhazi yasanzwe yapfuye – #rwanda #RwOT

    Aya mafi yagaragaye mu gitondo cyo kuri uyu Gatanu, tariki ya 2 Nyakanga 2021, amenshi yabonetse yapfuye ni ayororerwaga mu Murenge wa Munyiginya ahagaragaye arenga toni 100 yapfuye areremba hejuru y’amazi n’andi arenga icumi yororerwaga mu Murenge wa Musha.

    Umukozi w’Akarere ka Rwamagana ushinzwe Ishami ry’Ubworozi, Niyitanga Jean de Dieu, yabwiye IGIHE ko iki kibazo cyabayeho cyatewe no kwihinduranya kw’amazi kwatewe n’umuyaga ngo bituma hazamuka gaz yitwa Amonia.

    Iyi gaz ngo iza iyo amazi yibirinduye ikazamuka iturutse hasi ku mazi. Iyi gaz y’uburozi iterwa n’umwanda w’amafi uba ujya hasi, ngo iyo habayeho ikintu gituma yihindura bituma umwuka uba muke mu kiyaga amafi akazamuka hejuru ngo afate umuyaga bikarangira apfuye.

    Ati “Ku itangiriro zijya hejuru gushaka umwuka zikasama, iyo rero zasamye zikabura umwuka zigenda zicika intege zimanuka hasi zigahura na ya gaz zigapfa.”

    Niyitanga yavuze ko kugeza ubu bamaze kumenya amakuru y’aborozi babiri b’amafi harimo uwapfushije ibihumbi icumi apima amagarama guhera kuri 500 n’ikilo, undi wororera mu Murenge wa Munyiginya we ngo yapfushije toni 100.

    Yakomeje asobanura ko amafi yapfuye muri ubwo buryo aba yangiritse ku buryo hatagira umuntu wayarya kuko yamutera ikibazo.

    Umuyobozi Mukuru wungirije ushinzwe Ibijyanye n’Ubworozi muri RAB, Dr Uwituze Solange, yabwiye IGIHE ko iki kibazo gikunze kuba mu Kiyaga cya Muhazi hagati y’ukwezi kwa Kamena na Nyakanga aho hagaragara ukwibirindura kw’amazi bigatera kugabanuka k’umwuka wo mu mazi cyane cyane nijoro.

    Yavuze ko hakenewe gufata ingamba zihamye mu guhangana n’iki kibazo.

    Yakomeje ati “Ni byiza kuroba amafi akuze yose bitarenze ukwezi kwa Gicurasi, ikindi ni ugutandukanya kareremba ku buryo umwuka ujya mu mazi uba uhagije, gushyira kareremba ahantu hari ubujyakuzimu buhagije buri hejuru ya metero umunani z’ubujyakuzimu no kuba aborozi bahagaritse kugaburira amafi mu gihe iki kibazo kitarahagarara.”

    Si ubwa mbere iki kibazo kigaragaye muri Muhazi kuko no muri Mutarama uyu mwaka mu Murenge wa Fumbwe mu Karere ka Rwamagana nabwo hari hapfuye amafi arenga 7000.

    Amafi arenga toni 100 yororerwaga mu Kiyaga cya Muhazi yasanzwe yapfuye

    Abaturage bagiriwe inama yo kutarya aya mafi kuko ashobora kubatera ikibazo

  • UR-Huye yubakiye inzu uwarokotse Jenoside wari umaze imyaka 27 asembera – #rwanda #RwOT

    Uyu mubyeyi w’imyaka 52 y’amavuko avuga ko kuva Jenoside yakorewe Abatutsi yahagarikwa mu 1994 yatangiye kubaho bimugoye kuko atagiraga inzu yo kubamo ndetse no gucumbika bikamugora kuko nta mafaranga y’ubukode yabonaga.

    Yagize ati “Hari igihe cyageze bansohora mu nzu bakajya banzamuriraho ibiciro buri munsi ariko Imana yandokoye ntiyabyemeye. Natangiriye ku nzu y’ibihumbi bitanu bigenda bizamuka bigera aho bindenga nkabura n’uko nita ku bana banjye.”

    Binyuze mu Muryango w’Abanyeshuri barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi (AERG) UR/Huye yubakiye inzu Mukandoli kugira ngo abashe kubona aho kuba atuje.

    Umuhuzabikorwa wa AERG muri Kaminuza y’u Rwanda, Ishami rya Huye, Mutijima Venuste, avuga ko buri mwaka bakorera ubuvugizi umuntu umwe warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi kugira ngo ahabwa ubufasha.

    Ati “AERG ikora ubuvugizi kuri Kaminuza bw’umuntu umwe warokotse Jenoside utishoboye, muri gahunda zo kwibuka bagateganya n’amafaranga yo kumuremera.”

    Mukandoli yatangiye gukorerwa ubuvugizi mu 2018, haboneka amafaranga makeya atangira kubakirwa, nyuma bongeramo andi kugira ngo inzu yuzure ndetse ishyirwemo n’ibikoresho by’ibanze.

    Bamuhaye inzu yatwaye asaga miliyoni 6,5 Frw n’ibikoresho kugira ngo atangire kubaho neza.

    Mutijima ati “Twaramusuye dusanga yabaga mu nzu acumbika kandi iyo ucumbitse uba uri aha, ejo ukimuka bitewe n’ubushobozi buke. Twifuje kumuha inzu nziza ariko tumushyiriramo n’ibikoresho kugira ngo abashe kubabo atuje.”

    Uyu mubyeyi yahawe ibikoresho birimo intebe zo mu nzu, ibitanda bibiri, matelas eshatu n’ibiribwa bitandukanye.

    Mukandoli w’abana batatu yavuze ko yishimye kandi yabonye umusingi wo kuyoboka ibikorwa bimuteza imbere.

    Ati “Ndi gutekereza uburyo nashaka igishoro nkacuruza cyangwa nkorora amatungo magufi. Ubu ndumva ntuje mu mutima wanjye kandi mfite umutekano, icyo gukora ndagishaka kugira ngo niteze imbere.”

    Umuyobozi w’Akarere ka Huye, Sebutege Ange, yashimiye Kaminuza y’u Rwanda igikorwa cyiza yakoze, avuga ko kuba byaragizwemo uruhare n’urubyiruko rwibumbiye muri AERG bitanga icyizere cy’u Rwanda rw’ahazaza.

    Ati “Icya mbere ni uko dufite icyizere cy’ejo heza. Bigaragara ko ubumenyi bigishwa atari ubwo mu ishuri gusa ahubwo babuhuza no gukemura ibibazo Abanyarwanda bafite. Icyo gihe n’iyo umuntu agiye hanze arangije amasomo avamo umuyobozi mwiza, umuganga mwiza cyangwa umujyanama mwiza.”

    Sebutege avuga ko mu 2018 mu Karere ka Huye hari imiryango 198 itari ifite aho kuba ndetse hari n’inzu 594 zagombaga kuvugururwa. Iyo miryango yose yamaze kubakirwa ndetse n’izo nzu ziravugururwa.

    Umuyobozi ushinzwe Ubutegetsi muri Kaminuza y’u Rwanda, Ishami rya Huye, Nzitatira Wilson, yijeje ko bazakomeza kugira uruhare mu iterambere ry’Akarere ka Huye aho Kaminuza y’u Rwanda ifite ishami kuko bisanzwe biri mu nshingano zabo.

    Yavuze ko Kaminuza ifite inshingano zo kwigisha, gukora ubushakashatsi no kugira uruhare mu iterambere ry’aho iherereye.

    Inzu Mukandoli yubakiwe mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye

    Bamuhaye n’ibikoresho birimo intebe zo mu nzu

    Kaminuza y’u Rwanda, Ishami rya Huye yubakiye inzu uwarokotse Jenoside wari umaze imyaka 27 asembera

    Mukandoli Marcella avuga ko kuva Jenoside yakorewe Abatutsi yahagarikwa mu 1994 yatangiye kubaho bimugoye kuko atagiraga inzu yo kubamo

    Mukandori w’abana batatu yavuze ko yishimye kandi abonye umusingi wo kuyoboka ibikorwa bimuteza imbere

    Perezida w’Inama Njyanama y’Umurenge wa Tumba, Prof Sezibera Vincent

    Umuhuzabikorwa wa AERG muri UR-Huye, Mutijima Venuste, avuga ko buri mwaka bakorera ubuvugizi umuntu umwe warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi kugira ngo ahabwa ubufasha

    Umuyobozi ushinzwe Ubutegetsi muri UR-Huye, Nzitatira Wilson, yijeje ko bazakomeza kugira uruhare mu iterambere ry’Akarere ka Huye

    Umuyobozi w’Akarere ka Huye, Sebutege Ange, yashimiye Kaminuza y’u Rwanda igikorwa cyiza yakoze

    Bamuhaye inzu yatwaye asaga miliyoni 6,5 Frw n’ibikoresho kugira ngo atangire kubaho neza

    [email protected]


  • Dr Anitha Asiimwe wayoboraga NCD yirukanywe – #rwanda #RwOT

    Dr Anitha Asiimwe wayoboraga NCD, yirukanywe muri izi nshingano yari yarahawe n’Umukuru w’Igihugu ku wa 12 Ugushyingo 2020.

    Itangazo ryashyizweho umukono na Minisitiri w’Intebe, Dr Ngirente Edouard, rivuga ko kuri uyu wa Gatanu tariki 2 Nyakanga 2021, aribwo Dr Asiimwe yirukanywe mu nshingano ze zo kuba Umuyobozi wa NCD.

    Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente yavuze ko mu izina ry’Umukuru w’Igihugu ahise ashyiraho Munyemana Gilbert nk’Umuyobozi w’Agateganyo w’iki kigo.

    Munyemana wasimbuye mu buryo bw’agateganyo Dr Asiimwe, yari asanzwe ari Umuyobozi Wungirije w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Imikurire no kurengera Umwana (NCD).

    Dr Asiimwe yari agiye kumara imyaka ine mu nshingano zifite aho zihuriye n’imikurire y’umwana, kurwanya igwingira ndetse n’imirire mibi mu bana by’umwihariko. Ni inshingano yahawe ku wa 4 Ukwakira 2017.

    Uyu mubyeyi afite Impamyabumenyi y’Icyiciro cya Gatatu mu bijyanye n’Ubuvuzi rusange yakuye muri Kaminuza ya Dundee mu Bwongereza. Yize icyiciro cya Kabiri muri Kaminuza y’u Rwanda mu bijyanye n’Ubuvuzi bwa muntu.

    Muri 2008-2011 yari Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y’Igihugu yo kurwanya SIDA, umwanya yavuyeho agirwa Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu cyo kurwanya agakoko gatera SIDA n’izindi ndwara z’ibyorezo.

    Kuva mu 2013, yabaye Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuzima ushinzwe Ubuvuzi rusange n’Ubuvuzi bw’ibanze, aza kuva muri izo nshingano agirwa Umuhuzabikorwa wa Porogaramu y’Igihugu Mbonezamikurire y’abana bato [National Early Childhood Development Program].

    Mu mpera z’umwaka ushize nibwo hasohotse iteka rishyiraho rikanagena Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Imikurire no Kurengera Umwana (National Child Development Agency) cyahurijwemo inshingano zari ziri mu yahoze ari Komisiyo y’Igihugu ishinzwe abana ndetse na Gahunda y’Igihugu y’Imbonezamikurire y’Abana bato.

    Dr Asiimwe yahise agirwa Umuyobozi w’iki kigo mu gihe Mumyemana Gilbert yagizwe Umuyobozi Wungirije.

    Munyemana Gilbert afite ubunararibonye mu bijyanye n’uburezi akaba afite Impamyabumenyi y’Icyiciro cya Gatatu cya Kaminuza mu bijyanye n’Uburezi n’Ikoranabuhanga yakuye muri Kaminuza ya Witwatersrand yo muri Afurika y’Epfo.

    Yakoze mu bigo bya leta n’imiryango itayegamiyeho aho yabaye umukozi wa Kaminuza y’u Rwanda ndetse akaba n’Umuyobozi ushinzwe imishinga muri Plan International.

    Iyirukanwa rya Dr Asiimwe ryatangajwe nyuma y’amasaha make uwari Umuyobozi w’Ikigo gishinzwe Amazi, Isuku n’Isukura, WASAC, Alfred Dusenge Byigero na we yirukanywe.

    Communiqué from the Office of the Prime Minister pic.twitter.com/0d9hIifW78

    — Office of the PM | Rwanda (@PrimatureRwanda) July 2, 2021

    Dr. Anita Asiimwe wari Umuyobozi Mukuru wa Gahunda y’Igihugu Mbonezamikurire y’Abana bato (NCD) yirukanywe mu nshingano ze

    Munyemana Gilbert ni we wagizwe Umuyobozi w’Agateganyo wa Gahunda y’Igihugu Mbonezamikurire y’Abana bato

  • #EURO2020: Espagne n’u Butaliyani bakatishije itike ya 1/2 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abataliyani bishimiye gutsinda ikipe y
    Abataliyani bishimiye gutsinda ikipe y’u Bubiligi

    Kuri uyu wa Gatanu tariki 02 Nyakanga 2021 nibwo hatangiye imikino ya 1/4 cy’irangiza cya EURO 2020, aho Espagne n’u Butaliyani bakatishije itike ya 1/2 cy’irangiza.

    Umukino wa mbere wahuje Espagne yahatanaga n’u Busuwisi, iminota 90 y’umukino uza kurangira ari igitego 1-1.

    Espagne ni yo yafunguye amazamu ku munota wa munani w’umukino, ku ishoti ryari ritewe na Jordi Alba ariko Denis Zakaria w’u Busuwisi awukoraho uhita ujya mu izamu.

    Ababiligi bababajwe no gusezererwa
    Ababiligi bababajwe no gusezererwa

    Ku munota wa 68, Xherdan Shaquiri yaje kwishyura biba ngombwa ko hongerwaho indi minota 30 yarangiye nta mpinduka.

    Baje kwinjira muri penaliti maze Espagne isezerera u Busuwisi kuri penaliti 3-2, nyuma y’uko u Busuwisi bwahushije eshatu naho Espagne ihusha ebyiri.

    Abakinnyi b’u Busuwisi babanje mu kibuga: Sommer, Widmer, Elvedi, Akanji, Zakaria, Freuler, Rodriguez, Zuber, Shaqiri, Seferovic na Embolo.

    Abakinnyi ba Espagne babanje mu kibuga: Simon, Azpilicueta, Laporte, P. Torres, Alba, Busquets, Koke, Pedri, Sarabia, Morata na Ferran Torres.

    Lukaku yatsindiye u Bubiligi
    Lukaku yatsindiye u Bubiligi

    Mu mukino wa kabiri watangiye saa tatu zuzuye, u Butaliyani bwaje gutsinda u Bubiligi ibitego 2-1, byatsinzwe na Nicolo Barella ndetse na Lorenzo Insigne, mu gihe u Bubiligi bwatsindiwe na Romelu Lukaku kuri Penaliti.

    Abakinnyi babanje mu kibuga

    U Bubiligi: Courtois; Alderweireld, Vermaelen, Vertonghen; Meunier, Tielemans, Witsel, T.Hazard; De Bruyne, Lukaku, Doku.

    U Butaliyani: Donnarumma; Di Lorenzo, Bonucci, Chiellini, Spinazzola; Barella, Jorginho, Verratti; Chiesa, Immobile, Insigne.

    Lorenzo Insigne yishimira igitego
    Lorenzo Insigne yishimira igitego

    Kuri uyu wa Gatandatu haraba indi mikino ibiri ya kimwe cya kane. Repubulika ya Tchèque irakina na Denmark saa kumi n’ebyiri ku isaha yo mu Rwanda. Uyu mukino urakurikirwa n’uwa Ukraine n’u Bwongereza saa tatu z’umugoroba.


  • #COVID19: Abarwayi bashya 884 babonetse mu bipimo 7,284 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abitabye Imana ni abagore batatu b’imyaka 76 (i Rubavu), 57 (i Kigali) na 31 (i Muhanga) n’abagabo babiri b’imyaka 73 (i Huye) na 49 (i Kigali), bakaba bahise buzuza umubare w’abantu 453 bamaze kwicwa n’iki cyorezo mu Rwanda.

    Abarimo kuvurwa bose hamwe ni 13,073.

    Abantu 251,350 bamaze guhabwa doze ya kabiri y’urukingo rwa COVID-19 (AstraZeneca) barimo 211 bayihawe ku wa Gatanu.

    Inzego zishinzwe ubuzima zisaba Abaturarwanda baba abakingiwe n’abatarakingirwa gukomeza kwitwararika birinda kwandura cyangwa kwanduza abandi icyorezo cya COVID-19 gikomeje kugaragaza ubukana mu Rwanda n’ahandi ku isi.

  • IBUKA: Leta izabingingira gutanga amakuru kugeza ryari? #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Imibiri y
    Imibiri y’Abatutsi bishwe muri Jenoside yabonetse mu Karere ka Nyarugenge yashyinguwe mu cyubahiro

    Mu Karere ka Nyarugenge hagati ya tariki 24 na 30 Kamena 2021, habonetse imibiri irenga 80 y’abishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi, ishyingurwa mu cyubahiro ku itariki 1 Nyakanga 2021 mu rwibutso rwa Nyanza ya Kicukiro.

    Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere ka Nyarugenge, Ngabonziza Emmy, wari umushyitsi mukuru bashyingura izo nzirakarengane, yavuze ko tariki ya 1 Nyakanga ubusanzwe ari itariki u Rwanda rwitwa ko rwabonyeho ubwigenge, ariko bukaba ari ubwa nyirarureshwa, kuko bwari ubwigenge bw’igice kimwe cy’abaturage.

    Agira ati “Ntabwo bwari kuza ari ubwigenge bw’Abanyarwanda ngo bukurikirwe no gusahura, gutwika no kwica Abatutsi, abandi basigaye barameneshwa, abari bari mu gihugu bahinduka impunzi mu gihugu cyabo, habibwa amacakubiri, cyane ko ubwigenge bwahawe PARMEHUTU, ishyaka ryaharaniraga ukwishyira ukizina n’iterambere ry’umuhutu aho kuba iry’Umunyarwanda”.

    Ati “Abaharaniraga ubumwe bw’Abanyarwanda icyo gihe babonaga ko atariyo politike ikenewe, ni na cyo banazize, kandi ni byo byakomeje kuranga politike y’amacakubiri yatuganishije kuri Jenoside yakorewe Abatutsi ihitana abasaga miliyoni”.

    Ngabonziza, yaboneyeho gusaba abacitse ku icumu rya Jenoside gukomeza kuzirikana ko habaye ah’abagabo kugira ngo Jenoside ihagarare ku itariki 4 Nyakanga, ari na wo munsi Abanyarwanda baha agaciro nyako, kuko guhera kuri iyo tariki ari bwo u Rwanda rwatangiye kuba igihugu kibereye bose.

    Gushaka imibiri yajugunywe hirya no hino mu gihugu ni igikorwa gihoraho, ubuyobozi bwa IBUKA n’abacitse ku icumu rya Jenoside bakabifashwamo n’ubuyobozi bw’uturere.

    Igikorwa kimaze imyaka 27 ingana n’ishize habaye Jenoside yakorewe Abatutsi, Leta n’abacitse ku icumu bakomeza kwinginga abafite amakuru kuyatanga ariko bigakorwa n’imbarwa, nk’uko Rutayisire abigarukaho.

    Ati “Baricara mu miryango yabo bakavuga bati 94 abantu twari duhari, hari kanaka na kanaka bakamusura bakamubwira bati wowe ntabwo wishe abantu, ariko wibuke ko umwana wawe yavugije induru, nuramuka umennye ibanga, uriya mubiri nugera hejuru amakuru azakurikiranwa n’umwana wawe bamenye ko yavugije induru, bigatuma arushaho kugenda anangira umutima”.

    Ati “Impamvu aba bantu kugeza n’ubungugu bakitugora, ni uko turi mu gihugu kigendera ku mategeko, cyigisha ubumwe n’ubwiyunge, nta muntu n’umwe wigeze utubwira ahantu bacu bari ngo abe yabihanirwa. Ahubwo twe tumufata nk’intwari kuko aba aruhuye imitima ya benshi”.

    Imibiri yashyinguwe mu cyubahiro ku rwibutso rwa Nyanza ya Kicukiro ni 83 yataburuwe mu bice bitandukanye by’umujyi wa Kigali ariko imyinshi yabonetse mu Murenge wa Rwezamenyo mu byobo biri hafi ya Union bar, indi yabonetse mu Murenge wa Rugenge n’uwa Muhima.

    Ikigaragara gusa ni uko igikorwa kigifite igihe kirekire ukurikije n’umubare w’abishwe imibiri yabo ikaba itarabonerwa irengero, no kuba abitwa ko byabaye bareba cyangwa byarakozwe n’abantu bazi neza ariko bakanga kuvugisha ukuri bakeka ko byabakoraho cyangwa se ari ugukingira ikibaba abo mu miryango yabo.

  • Mu bakinnyi Rayon Sports ifite ikwiye gusigaranamo abatagera kuri batanu-Muhire Kevin #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Muhire Kevin, umukinnyi w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda “AMAVUBI”, akaba yaramenyekanye cyane mu ikipe ya Rayon Sports, abona iyi kipe ikwiye kongera kwiyubaka kugira ngo ibe ikipe ihangana nk’uko byahoze.

    Muhire Kevin asanga muri Rayon Sports bagomba kongera kwiyubaka
    Muhire Kevin asanga muri Rayon Sports bagomba kongera kwiyubaka

    Mu kiganiro yagiranye na Radio Flash kuri uyu wa Gatanu,yavuze uko yabonye ikipe ya Rayon Sports muri uyu mwaka w’imikino, avuga n’icyo iyi kipe abona ikwiye gukora ngo yongere ibe ikipe ikomeye.

    Muhire Kevin yavuze ko bimwe mu byatumye iyi kipe yitwara nabi ari uko nta bakinnyi yari afite, aho avuga ko Rayon Sports ari ikipe ikomeye idakwiye gukinwamo n’ubonetse wese, aha ari naho yahise avuga ko abakinnyi bagakwiye kuyigumamo batageze kuri batanu.

    Mu bakinnyi yavuze abona bagomba gusigara muri iyi kipe harimo abakinnyi babiri bato barimo myugariro Niyigena Clement na Nishimwe Blaise ukina mu kibuga hagati. Abandi yavuze harimo kapiteni w’iyi kipe Rugwiro Hervé, ndetse n’umunyezamu Bashunga ABouba bageranye mu matsinda ndetse na ¼ cya CAF Confederation Cup.


  • Musanze: Ubusitani burimo gusimbuzwa mu rwego rwo kurimbisha umujyi #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Imodoka zabugenewe ziri kwifashishwa mu gusukira ubusitani
    Imodoka zabugenewe ziri kwifashishwa mu gusukira ubusitani

    Ubusitani buri gutunganywa, haterwamo amoko atandukanye y’ibiti n’indabyo bitaka kurushaho, bisimbura ubusitani bwari bugizwe ahanini n’umucaca uzwi nka pasiparumu n’indabyo byari bihamaze igihe birimo kurandurwa.

    Umuyobozi w’Akarere ka Musanze Nuwumuremyi Jeannine, avuga ko gutunganya ubusitani, biri muri gahunda yagutse yo kuvugurura umujyi. Yagize ati: “Tumaze igihe kinini turi muri gahunda ndende yo kuvugurura umujyi wa Musanze, bijyanye no kongera ibikorwa remezo by’amazu y’amagorofa, kubaka imihanda, n’ibindi bijyanye no kurimbisha umujyi. Twaje gusanga byarushaho kuba byiza dutunganyije n’ubusitani, tukabuteramo ibimera birushaho kuwutaka mu buryo bujyanye n’igihe, kugira ngo turusheho kurimbisha umujyi, urusheho gusa neza”.

    Akomeza avuga ko imihanda ya kaburimbo yose yo mu mujyi wa Musanze, iri gukikizwaho ubusitani, kandi uko umujyi uzagenda urushaho kwaguka, ni nako gahunda yo kuwurimbisha hongerwa ubusitani izakomeza.

    Abiganjemo urubyiruko bahaboneye akazi bahemberwa

    Urubyiruko rusaga 1000 rwo muri aka Karere n’utundi bihana imbibi, nibo bari kwifashishwa mu mirimo ya buri munsi yo gutunganya ubu busitani. Kuri bo ngo ni uburyo bwiza, bubafasha gukemura ibibazo byaterwaga n’ubushomeri bwari bubugarije.

    Mushinzimana Marie Jeanne, umwe mu bo Kigali Today yasanze mu kazi ko gutunganya ubu busitani, yagize ati: “Nibura ku munsi nkorera amafaranga ibihumbi 2. Ubu ndi guteganya kuzayazigama, yagwira nkakora umushinga w’ubworozi. Nanone bizandinda kubera ababyeyi umuzigo, kuko nzaba nshobora nko kwigurira mituweri, amavuta n’utundi tuntu umukobwa aba akeneye. Mbese urebye aka kazi nakabonye nkababaye”.

    Urubyiruko rwahawe akazi ko gutunganya ubusitani byabarinze ubushomeri
    Urubyiruko rwahawe akazi ko gutunganya ubusitani byabarinze ubushomeri

    Undi witwa Mukamurenzi yagize ati: “Ubushomeri bwari bumereye nabi, aho nabonaga buri kimwe cyose ari uko ngisabye ababyeyi, kenshi batabaga banabifitiye ubushobozi. None nagize amahirwe nabonye akazi. Ubu ifaranga ndi gukorera ndi kurikomeraho, nirinda kuryayamo, kuko nteganya ko nikarangira, nzagana iy’ubucuruzi buciriritse, bindinde kongera kwisanga mu bushomeri, kuko nzaba nabonye igishoro”.

    Abatuye muri uyu mujyi barimo uwitwa Ntahobagiye Clement, bishimiye ko umujyi wa Musanze, ugiye kugaragara mu yindi sura nshya y’ubwiza, bitandukanye n’uko wari usanzwe.

    Yagize ati: “Uzarebe ukuntu ubusitani bw’i Kigali buba buteye amabengeza, binatuma hari aho ugera ukumva utakwifuza gutaha, kubera ukuntu hasa neza. Ni byiza ko n’ubusitani bwa hano iwacu bwatekerejweho, kandi bizarushaho gutuma umujyi wacu urushaho gukurura abawugenderera, cyane ko turi muri viziyo y’iterambere”.

    Gutunganya inkengero z
    Gutunganya inkengero z’imihanda yo mu mujyi wa Musanze haterwa ubusitani biri mu rwego rwo kuwurimbisha

    Nuwumuremyi Jeannine, uyobora Akarere ka Musanze, asaba abaturage kubungabunga ibi bikorwa. Ati: “Tuributsa abaturage ko na bo bafite inshingano zo kurinda no kubungabunga ibiri gukorwa. Tubasaba gukumira uwagira uruhare mu kwangiza nk’izo ndabyo cyangwa ibiti biri guterwa, cyangwa mu gihe babonye hari ubyangiza bakaba banadutungira agatoki. Kuko ni igikorwa twashoyemo imbaraga n’amafaranga menshi, duharanira ko iterambere ry’umujyi rigerwaho. Ntitwifuza rero uwo ari we wese warisubiza inyuma”.

    Akomoza ku mihanda harimo n’imishya ikomeje gukorwa muri uyu mujyi, Mayor Nuwumuremyi yongeye kwibutsa abaturage ko bidashobora kuramba, mu gihe ababituriye n’ababikoresha baba batabigizemo uruhare.

    Ahahoze hateye umucaca wararanduwe ngo usimbuzwe indabo
    Ahahoze hateye umucaca wararanduwe ngo usimbuzwe indabo

    Yagize ati: “Igikorwa remezo nticyaramba, abantu batagize uruhare mu kugifata neza. Hari nk’aho tugera, tugasanga imihanda na za rigore byarahinduwe aho kujugunya ibintu by’ibisigazwa nk’imyanda n’ibindi bintu bitagikoreshwa, bikaba ngombwa ko aho byangije dusubira mu mirimo y’isana cyangwa kubaka bundi bushya. Ndagira ngo nibutse abaturage bose, ko buri wese afite inshingano zo kubicunga no kubifata neza, kugira ngo bizarambe, bityo bidufashe kuboneraho no gutera intambwe y’ibindi bikorwa”.

    Imirimo yo gutunganya ubusitani, izamara amezi abiri, ariko gahunda yo kubwitaho mu buryo buhoraho no kububungabunga yo izakomeza na nyuma yaho; aho biteganyijwe ko mu bahawe akazi ko gutunganya ubu busitani bushya, hari abazagakomeza mu buryo buhoraho.

    Bari kuhatunganya muri ubu buryo bakabona kuhatera indabo n
    Bari kuhatunganya muri ubu buryo bakabona kuhatera indabo n’ibiti bizatuma hagaragara neza kurushaho


  • Muhanga: Bane batawe muri yombi bacyekwaho kwiba amabuye y’agaciro #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Abafashwe ni Ngirababyeyi Eugène w’imyaka 28, Ngirumukiza Paul w’imyaka 23, Dusingizimana Ndazivunnye w’imyaka 26 na Nizeyimana Elias w’imyaka 24, nk’uko bigaragara ku rubuga rwa Internet rwa Polisi y’u Rwanda.

    Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, SP Theobald Kanamugire, yavuze ko gufatwa kw’abo bantu byaturutse ku makuru yatanzwe na nyiri ikirombe, abakozi be ndetse n’abayobozi mu nzego z’ibanze.

    Ati “Nyiri ikirombe cyibwagamo amabuye y’agaciro yo mu bwoko bwa Koluta, ni we waduhaye amakuru ko hari abantu bamaze iminsi bitwikira ijoro bakajya mu kirombe cye gucukuramo amabuye y’agaciro. Twakoranye n’abayobozi mu nzego z’ibanze batubwira ko hari itsinda ry’abantu biyise abanyogosi bazwiho kujya mu birombe bagacukura amabuye y’agaciro, abaturage n’abayobozi mu nzego z’ibanze batugejeje kuri bariya bane mu ngo zabo tugenda tuhasanga ibikoresho bifashisha bacukura amabuye mu birombe”.

    SP Kanamugire yashimiye abaturage bagize uruhare mu gutuma abo bantu bafatwa ariko yibutsa abaturage ko nta muntu wemerewe kujya gucukura amabuye y’agaciro ahantu aho ari ho hose atabifitiye uburenganzira.

    Ati “Abaturage tubakangurira ko umuntu ucukura amabuye y’agaciro aba abifitiye ibyangombwa bitangwa n’inzego zibishinzwe. Bariya bose babijyagamo bitazwi kandi babaga barimo guhemukira umushoramari wabiherewe uburenganzira n’inzego zibishinzwe. Byari bimaze iminsi na Polisi yari irimo kubashakisha”.

    Yabibukije ko kujya gucukura amabuye y’agaciro bashobora kuhagirira ibibazo bitandukanye harimo kuba bagwirwa n’ibirombe bagapfa cyangwa bakamugara.

    Abafashwe bahise bashyikirizwa Urwego Rushinzwe Ubugenzacyaha (RIB) rukorera muri sitasiyo ya Polisi ya Kiyumba.

    Itegeko N° 58/2018 ryo ku wa 13/08/2018 rigenga ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro na kariyeri Ingingo ya 54 ivuga ko Umuntu wese ushakashaka, ucukura, utunganya, ucuruza amabuye y’agaciro cyangwa kariyeri nta ruhushya, aba akoze icyaha.

    Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’amezi abiri (2) ariko kitarenze amezi atandatu (6) n’ihazabu y’Amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni imwe (1.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni eshanu (5.000.000 FRW) cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano. Urukiko rutegeka kandi ubunyagwe bw’amabuye y’agaciro cyangwa kariyeri byafatiriwe biri mu bubiko, bicuruzwa cyangwa bitunganywa nta ruhushya.

  • Bugesera: Abantu 12 bafatiwe mu kabari barenze ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19 #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Bafatiwe mu kabari barenze ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19
    Bafatiwe mu kabari barenze ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19

    Ako kabari kafatiwemo abo bantu ngo si ubwa mbere gafashwe gafunguye kandi ibyo binyuranyije n’amabwiriza yo kwirinda Covid-19, ubu ngo ni ubwa gatatu gafatiwemo abantu.

    Abafatiwe muri ako kabari bavuga ko bicuza ibyo bakoze kuko ngo barenze ku mabwiriza basanzwe bayazi, ariko ngo barabisabira imbabazi.

    Umwe muri bo witwa Haguma Jean Nepomuscène ati “Ndi umuyobozi, ndi umujyanama mu Kagari, nagombye kuba nkangurira abandi kwirinda icyorezo, bubahiriza amabwiriza, ariko nafashwe nayarenzeho. Nafashwe nyoye icupa rimwe gusa ariko ni ikosa nyine, barimpaniye sinzabyongera, ubu 10.000Frw by’amande ntanze ntiyari kubura ikindi akora mu rugo”.

    Uwitwa Rudasingwa Innocent na we ati “Amabwiriza turayazi, twarayabwiwe kenshi n’ubwo twakwifuza ngo bikomeze kuko kwigisha ni urugendo n’ubwo icyorezo cyo kitadutegereza”.

    Ubuyobozi bwafashe umwanya wo kubaganiriza
    Ubuyobozi bwafashe umwanya wo kubaganiriza

    Kalisa Appolinaire nyiri akabari kafatiwemo abantu, avuga ko yari arwaye, ubu yafashwe kubera amakosa y’abakozi be bakinguye akabari atabizi.

    Ati “Nari ndwaye, nari mu rugo ariko abakozi bafungura akabari barenga ku mabwiriza yo kwirinda icyorezo ntabizi. Ni akabari kanjye nabihaniwe, hari amande natanze ariko ntegereje ibindi bihano ntaramenyeshwa, gusa ndasaba imbabazi kuko baramutse bambariye, nahinduka umukangurambaga wo kurwanya icyorezo”.

    Umuyobozi w’Akarere ka Bugesera, Mutabazi Richard, yavuze ko mu bafatiwe kurenga ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19 harimo abafashwe zinshuro irenze imwe, ku buryo bigera aho bikagaragara nko kwigomeka kandi kurwanya icyorezo cya Covid-19 ubundi ngo atari urugamba rw’umuntu umwe.

    Yagize ati “Uyu Kalisa Appolinaire, nyiri akabari karaye gafatiwemo abantu, twabonye raporo kenshi ko ajya arenga ku mabwiriza agafungura akabari, ubwanjye nagiye kumureba i Ntarama ndamuvugisha, mpava anyemereye ko bitazongera kumubaho ubundi, none nimugoroba akabari ke kongeye gufatirwamo abantu. Ubu ibyo yitwazaga byose niba yahabaga, ni ba yahacururizaga ibindi byose birafungwa kugeza icyorezo gicitse burundu”.

    Yongeyeho ko kwigisha amabwiriza ajyanye no kwirinda icyorezo byakozwe cyane mu buryo bwose, ubu igikurikiyeho ni uguhana, kandi ibihano biba bitandukanye. Ufashwe yarenze ku mabwiriza bwa mbere, agira uko ahanwa, ufashwe bwa kabiri ari isubiracyaha agira uko ahanwa na ho ufashwe yarabigize akamenyero na we akagira uko ahanwa.

    Yagize ati “Mukwiye kugira isoni z’ibyo mwafatiwemo. Amande mucibwa ntajya mu mufuka w’umuyobozi uwo ari we wese, na Leta ntiyakeneye, ariko ni ngombwa guhana mu gihe abantu banze kumva amabwiriza, kuko icyorezo kirahari. Nshinzwe kurinda Abanyabugesera Covid-19, urenga ku mabwiriza ajyanye no kuyirinda agomba guhanwa”.